Ituri: Abadepite barasaba Leta gukurikirana abasirikare bitwikiriye ijoro, bakica abaturage
Abadepite bahagarariye intara ya Ituri mu nteko ishinga amategeko ya Repubulika ya demukarasi ya Congo barasaba Leta gukurikirana abasirikare baherutse kwirara mu baturage batuye muri teritwari ya Aru, bakica bamwe muri bo. Aba badepite kuri uyu wa 24 Mata 2023 batangaje ko ubu bwicanyi bwakozwe ku wa Kane, ku wa Gatanu, ku wa Gatandatu, ku […]
Intambara iri kubera muri Sudani iravugwamo ukuboko kwa General Haftar wo muri Libya

Intambara yâingabo za Leta ya Sudani nâumutwe witwaje intwaro wa RSF (Rapid Support Force) iravugwamo ukuboko gukomeye kwa General Khalifa Haftar wari warajegeje ubutegetsi bwo muri Libya mu myaka yashize, yifashishije abarwanyi be bagize LNA. Iyi mirwano iri kubera mu murwa mukuru, Khartoum, yatangiye tariki ya 15 Mata 2023. Imaze kugwamo abasivili barenga 400, inkomere […]
Perezida wa Kenya yaciriye âurwa Pilatoâ Pasiteri wabujije abayoboke kurya

Perezida wa Kenya, William Ruto, yaciriye urwa Pilato umuvugabutumwa ukomeye muri iki gihugu, Pasiteri Paul Mackenzie Nthenge, wasabye abayoboke bâitorero rye kutarya kugira ngo bahure na Yesu, bikabaviramo imfu. Polisi ya Kenya ikomeje gukora iperereza ku mfu zâaba bayoboke, aho imaze kubona imirambo 47 yashyinguwe mu ishyamba riri mu gace ka Shakahola, akarere ka Kilifi. […]
Nyanza, Gisagara: Abayobozi 5 bari baherutse kurekurwa bongeye gutabwa muri yombi
Urwego rwâigihugu rwâubugenzacyaha, RIB, rwongeye guta muri yombi abayobozi batanu bo mu turere twa Gisagara na Nyanza baherukaga kurekurwa hashingiwe ku cyemezo cyâurukiko. Aba ni: Umunyamabanga Nshingwabikorwa wâakarere ka Nyanza, mugenzi we wa Gisagara, ushinzwe amasoko muri Nyanza, ushinzwe imyubakire muri One Stop Center muri Nyanza nâushinzwe imirimo rusange muri Nyanza. Aba bari baratawe muri […]
Perezida Ndayishimiye yaganiriye na babiri bayoboye u Burundi

Perezida wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye, yagiranye ikiganiro na babiri bamubanjirije ku butegetsi, Sylvestre Ntibantunganya wayoboye iki gihugu kuva mu mwaka w’1994 kugeza mu 1996 na Domitien Ndayizeye wakiyoboye kuva mu 2003 kugeza mu 2005. Nkâuko ibiro byâUmukuru wâIgihugu bibisobanura, iki kiganiro cyabaye kuri uyu wa 23 Mata 2023 cyibanze ku ngingo zitandukanye zirimo imiyoborere myiza […]
Sudani: Abarwanyi bahanganye na Leta bari gufasha Abanyamerika nâAbafaransa gutaha
Umutwe wâabarwanyi ba RSF (Rapid Support Forces) uhanganye nâingabo zegamiye ku butegetsi bwa General Abdel Fattah al-Burhan urigamba gutanga ubufasha mu gucyura Abanyamerika nâAbafaransa. RSF iravuga ko mu gitondo cyâuyu wa 23 Mata 2023, yifatanyije na misiyo ya Leta zunze ubumwe za Amerika igizwe nâindege 6 mu gucyura abadipolomate nâimiryango yabo. Iti: âUbuyobozi bwa RDC […]
Gen. Kainerugaba na ba Minisitiri bageze i Kigali

Umujyanama wa Perezida Yoweri Museveni mu bikorwa byihariye by’igisirikare akaba n’umuhungu we, General Muhoozi Kainerugaba, hamwe nâabaminisitiri babiri, bageze i Kigali mu mwanya muto ushize. Abaminisitiri bazanye na Gen. Kainerugaba ni: Norbert Mao wâubutabera na Jim Muhwezi ushinzwe umutekano wâimbere mu gihugu. Itsinda ry’abazanye n’uyu musirikare washinze ihuriro ‘MK Movement’ ririmo kandi bamwe mu bagize […]
Imibereho ya Etincelles igeze ku rwego rwo kuba yasiba imikino ya shampiyona
Umutoza wâikipe ya Etincelles, Bizumuremyi Rajab, yatangaje ko abakinnyi be babayeho nabi ku buryo bageze ku rwego rwo gusiba imikino ya shampiyona yâicyiciro cya mbere mu gihe nta nkurikizi mbi byabagiraho. Ni amakuru agiye hanze nyuma yâaho iyi kipe itsinzwe na Sunrise FC yo mu ntara yâiburasirazuba ibitego 2 ku busa kuri uyu wa 22 […]
Ba ‘Colonels’ batanu na ba ‘Majors’ bane ba FARDC batorokeye muri M23
Abofisiye icyenda bâigisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo (FARDC) batorokeye mu mutwe witwaje intwaro wa M23 ukorera mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru. Aba basirikare bafite amapeti kuva ku rya Major kugeza ku rya Colonel bakoreraga ahantu hatandukanye mu gihugu harimo mu biro bikuru byâigisirikare i Kinshasa, mu kigo cya Kitona, muri Rejiyo ya 33 […]
Umushinjacyaha Mukuru wâu Burundi yatanze amakuru yari ategerejwe kuri Bunyoni
Umushinjacyaha Mukuru wâu Burundi, Sylvestre Nyandwi, amaze gutangaza amakuru yari amaze hafi icyumweru ategerejwe kuri Gen. de Pol. Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri wâIntebe wâiki gihugu. Tariki ya 17 Mata 2023, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amakuru yâuko ingo za Gen. Bunyoni ziri gusakwa nâabo mu nzego zishinzwe umutekano, bashakishaga amafaranga yaba ahahishe. Ntacyo Leta yigeze […]
Burundi: Leta yatangaje ko hari abanyamakuru ishobora gufatira ibihano
Minisiteri ishinzwe itumanaho, ikoranabuhanga nâitangazamakuru mu Burundi yatangaje ko nihatabaho kwitwararika, bamwe mu banyamakuru bakorera muri iki gihugu bashobora gufatirwa ibihano. Iyi Minisiteri yasobanuye ko hari ibinyamakuru biri gukwirakwiza ibinyoma ku mbuga zitandukanye, bitabanje gushishoza. Iti: âDushingiye ku binyoma birimo gukwirakwizwa ku mbuga zitandukanye, turashaka gusaba ibinyamakuru bikorera mu Burundi gushishoza no gucukumbura mbere yo […]
Kivu yâAmajyaruguru: Gen. Ndima arashinja ingabo za EAC kutagenzura neza ibice zahawe
Guverineri wâintara ya Kivu yâAmajyaruguru mu rwego rwâigisirikare, Lt Gen. Constant Ndima, arashinja ingabo ziri mu mutwe wâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC) kutagenzura neza ibice zahawe. Kuva tariki ya 17 Mata 2023, ubuyobozi bwâiyi ntara bwatembereje abanyamakuru mu bice umutwe witwaje intwaro wa M23 washyikirije ingabo za EAC ngo zibigenzure. Aba banyamakuru basoje urugendo rwabo […]
Mvukiyehe aremeza ko âfootballâ yâu Rwanda yapfuye kubera abantu batinya kwiteranya
Perezida wa Kiyovu Sports Company, Mvukiyehe JuvĂ©nal, aremeza ko umupira wâamaguru wo mu Rwanda wapfuye kubera abanyamuryango bâishyirahamwe ryâumupira wâamaguru, FERWAFA, batinya kwiteranya. Mvukiyehe yatangarije aya magambo mu kiganiro yagiriye kuri âspaceâ ya Twitter yateguwe na Visi Perezida wa kabiri wa Etincelles FC, Me Safari Kizito, ku mugoroba wâuyu wa 22 Mata 2023. Uyu muyobozi […]
Huye: Umunsi wa 3 wije nta nâumwe uraboneka muri 6 bagwiriwe nâikirombe
Umunsi wa gatatu wije nâumwe uraboneka mu bantu batandatu bagwiriwe nâikirombe cyâamabuye yâagaciro cyacukurwaga mu buryo butemewe nâamategeko mu murenge wa Kinazi mu karere ka Huye. Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wa tariki ya 19 Mata 2023, habura uburyo bwo gutabara aba bantu barimo abanyeshuri batatu bigaga mu mwaka wa gatandatu wâamashuri yisumbuye, cyane ko […]
Gen. Kainerugaba arasoreza icyumweru i Kigali
Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akaba nâumujyanama we mu bikorwa byihariye bya gisirikare, General Muhoozi Kainerugaba, arasoreza iki cyumweru i Kigali. Umunyamakuru Canary Mugume wa NBS TV yatangaje ko Gen. Kainerugaba araza mu Rwanda kuri uyu wa 22 Mata 2023 muri gahunda yâibirori byâisabukuru ye yateguriwe na Perezida Paul Kagame. Muri uru ruzinduko, […]
Ibiciro bishya byâibiribwa byakabaye byaratangiye kubahirizwa
Ibiciro bishya byâumuceri, kawunga nâibirayi byatangajwe na Minisiteri yâubucuruzi nâinganda (MINICOM) tariki ya 19 Mata 2023 byakabaye byaratangiye kubahirizwa kuva uwo munsi. Ku gicamunsi cyâuwo munsi ni bwo iyi Minisiteri yatangaje ko nyuma yâubugenzuzi bwakorewe ku masoko atandukanye mu gihugu, bikagaragara ko abacuruzi burije ibiciro mu buryo bukabije, nâinama yagiranye nâabafite aho bahurira nâibiciro, yafashe […]
Imbogamizi yatumaga Ukraine itemererwa kwinjira muri NATO yavuyeho

Umunyamabanga Mukuru wâumuryango mpuzamahanga wâubwirinzi wa NATO, Jens Stoltenberg, yatangaje ko ibihugu byose biwugize byamaze kwemeranya ko Ukraine igomba kuzabyiyungaho. Mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru ubwo yari ku birindiro byâingabo za Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) mu Budage bya Ramstein, nkâuko Sky News yabitangaje, Stoltenberg yavuze ko mu gihe intambara ibera muri Ukraine yazarangira, Ukraine […]
Kinshasa: Abagize Inteko batoye itegeko ryemerera abasivili kurwanira igihugu

Abagize inteko ishinga amategeko muri Repubulika ya demukarasi ya Congo batoye itegeko rikubiyemo ingingo zirimo iyemerera abasivili babyifuza kwifatanya nâingabo za Leta mu gihe ziri ku rugamba. Iri tegeko muri rusange rishyiraho umutwe wâInkeragutabara, umushinga waryo ukaba warateguwe na Gilbert Kabanda wahoze ari Minisitiri wâingabo nâabari abasirikare, awugeze ku bagize Inteko kugira ngo bawusesengure, banawemeze. […]
Urubuga rwâibiro bya Minisitiri wâIntebe, urwa RBA na Ange Kagame zazize umukwabu w’umuherwe
Guhera kuri uyu wa 20 Mata 2023, ikigo Twitter kiyoborwa nâumuherwe Elon Musk, cyatangiye gukora umukwabu ku bwinshi wo kwambura abantu ku giti cyabo, ibigo nâimiryango ikirango cyâubururu cyemeza ko konti bakoresha ari izabo (blue badge). Igikorwa cyo kwambura konti iki kirango cyatangiye mu minsi yashize, ubwo uyu muherwe yatangazaga ko kizajya cyishyurwa buri kwezi, […]
Ndayishimiye yatangaje ko azajya yibonanira nâuzongera kuvuga ko u Burundi bukennye

Perezida wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko azibonanira nâUmurundi uzongera kuvugira mu itangazamakuru ko igihugu cyabo gikennye, kuko ngo azaba ari umwanzi wacyo. Kuri uyu wa 20 Mata 2023 ubwo yagezaga ku bayobozi batandukanye ndetse nâabadipolomate gahunda yâiterambere yâu Burundi, yavuze ko abavuga ko iki gihugu gikennye nta kindi baba bagamije, keretse gusa guca intege […]
Imyaka 29 irashize Umwamikazi wa nyuma wâu Rwanda yishwe
Hari tariki ya 20 Mata 1994. Ubu imyaka 29 irashize Umwamikazi wâu Rwanda, Rosalie Gicanda yishwe nâabasirikare bahawe ibwiriza na Captain Nizeyimana Ildephonse wari mu bayobozi bakuru bâishuri ryâabofisiye bato, ESO/Butare. Gicanda yari Umwamikazi wâUmwami Mutara III Rudahigwa, akaba ari we mwamikazi wa nyuma u Rwanda rwagize, kuko umwami Kigeli V Ndahindurwa wabaye umwami wa […]
Huye: Abantu 6 barimo abanyeshuri 3 baheze mu cyobo cyâubujyakuzimu bwa metero zirenga 60

Mu murenge wa Kinazi wâakarere ka Huye hari kuba igikorwa cyo gushakisha abantu 6 baheze mu cyobo cyâubujyakuzimu buri hagati ya metero 60 nâ100 ubwo bari bagiyemo gucukura amabuye yâagaciro. Kuri uyu wa 19 Mata 2023, ikigo cyâigihugu cyâitangazamakuru cyatangaje ko aba bantu barimo batanu bafite imyaka iri munsi ya 30 n’uw’imyaka 50 ari bo […]
Kabale: Pasiteri Bugingo yasabiye Perezida Kagame na Museveni umugisha

Pasiteri uzwi cyane muri Uganda akaba nâumushoramari, Aloysius Bugingo, yasabiye Perezida Paul Kagame na Yoweri Museveni umugisha ku bwo kuba baremeye gufungura imipaka yâibihugu bayobora, ababituye bakongera kugenderana. Kuri uyu wa 19 Mata 2023 ubwo ku kibuga cyâishuri ryisumbuye rya Kigezi haberaga ibirori byo kwishimira ifungurwa ryâimipaka yâibi bihugu byombi ryabaye mu mwaka ushize, Pasiteri […]
Abarimo umushoramari Dubai nâuwahoze ari Meya batawe muri yombi kubera inzu zasondetse

Urwego rwâigihugu rwâubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi abantu batanu barimo umushoramari Nsabimana Jean uzwi nka Dubai ndetse nâuwabaye umuyobozi wâakarere ka Gasabo, Stephen Rwamurangwa, rubakekaho uruhare mu kubaka inzu zisondetse ziri mu mudugudu wa Urukumbuzi, ahazwi nko âKwa Dubaiâ. Abandi batatu batawe muri yombi ni: uwahoze ari umuyobozi wungirije wâakarere ka Gasabo, Mberabahizi Raymond Chretien, […]
Igiciro cya Kawunga ntikigomba kurenga 800Frw/kg, ku birayi amenshi ni 460

Minisiteri yâubucuruzi nâinganda yashyizeho ibiciro ntarengwa byâifu yâibigori, umuceri nâibirayi mu rwego gukemura ikibazo cyâizamurwa ryabyo rikabije rikorwa nâabacuruzi mu buryo bwo gushaka inyungu nyinshi. Iyi Minisiteri isobanura ko nyuma yâubugenzuzi bwakozwe ku masoko atandukanye bikagaragara ko ibiciro bikabije, na nyuma yâinama yagiranye nâabafite aho bahurira nâibiciro, yafashe icyemezo cyo gukura umusoro ku nyongeragaciro (TVA) […]
Dr Kanimba arasaba abagiraneza ubufasha, akajya kwivuza
Dr Vincent Kanimba, umuganga uzobereye mu kuvura indwara zo mu myanya yâibanga, wakoreye ibitaro birimo CHUK kuva mu mwaka wâ1994 nâibyitiriwe Umwami Faisal, arasaba abagiraneza kumufasha, akajya kwivuza indwara amaranye imyaka itatu. Dr Kanimba arwaye indwara yitwa Parkinson ihungabanya ubwonko yamufashe tariki ya 21 Gashyantare 2020 ubwo yari avuye gushyingura umubyeyi we (nyina) ku irimbi […]
Gen. Kainerugaba yahuriye na Gen. Kayihura i Kabale

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni akaba nâumujyanama we mu bikorwa byihariye byâigisirikare, Gen. Muhoozi Kainerugaba yahuriye na Gen. Kalekezi Kayihura i Kabale ku munsi igitaramo cyâAbanya-Uganda nâAbanyarwanda âRukundo Egumeho/Urukundo Rugumehoâ kiri bubereho. Gen. Kaineruga yageze i Kabale kuri uyu wa 18 Mata 2023, yakiranwa urugwiro nâabamushyigikiye biganjemo abayoboke bâihuriro rya âMK Movementâ. Mu byo yabanje […]
Museveni yamuritse kajugujugu ya mbere yakorewe muri Uganda

Perezida akaba nâUmugaba wâIkirenga wâingabo za Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, kuri uyu wa 18 Mata 2023 yayoboye igikorwa cyo kumurika kajugujugu yâintambara yo mu bwoko bwa Mi-24 yakorewe muri iki gihugu. Iyi ndege yakorewe/yateranyirijwe mu ruganda rwa gisirikare rwa Nakasongola, bigizwemo uruhare nâabatekinisiye mu ngabo za Uganda nâAbarusiya. Ubwo yamurikaga iyi ndege, Perezida Museveni yashimye […]
Bob Rugurika ushakishwa nâu Burundi aravugwaho imikoranire ya hafi na Gen. Bunyoni

Umunyamakuru Bob Rugurika uyobora radiyo RPA (Radio Publique Africaine) ikorera mu buhungiro, aravugwaho gukorana bya hafi na Gen. de Pol. Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri wâIntebe wâu Burundi. Uyu munyamakuru ari ku rutonde rwâabantu 34 Leta yâu Burundi imaze imyaka myinshi ishakisha, ibakurikiranyeho uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza muri Gicurasi 2015. Ikinyamakuru […]
Ingabo za EAC zagaragaje ukuri ku mirwano yavuzwe hagati yazo na M23

Ingabo zâumuryango wâakarere ka Afurika yâiburasirazuba ziri mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo, EACRF, zagaragaje ukuri ku mirwano yavuzwe hagati yazo nâumutwe witwaje intwaro wa M23. Mu cyumweru gishize, bamwe mu banyamakuru bo muri RDC batangaje ko abarwanyi ba M23 bagabye igitero ku ngabo zâu Burundi muri teritwari ya Masisi, zibasubiza inyuma, zifatamo […]
Gen. Nyagah yatangaje abafite ububasha bwo kuvana ingabo za EAC muri RDC
Maj. Gen. Jeff Nyagah yatangaje abafite ububasha bwo kuvana umutwe wâingabo zâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba ayobora mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo, RDC. Mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru kuri uyu wa 17 Mata 2023, Gen. Nyagah yasobanuye ko ingabo za EAC ziri muri RDC hashingiwe ku byemezo byafashwe nâabakuru bâibihugu bigize uyu muryango. Uyu […]
Ibirori bya Gen. Kainerugaba bihuza Abanyarwanda nâabanya-Uganda byahumuye
Mu karere ka Kabale hahumuye igitaramo ‘Rukundo Egumeho’ cyateguwe nâumuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, General Muhoozi Kainerugaba gihuza Abanyarwanda nâabanya-Uganda mu rwego rwo kwishimira ifungurwa ryâumupaka wa Gatuna ryabaye mu mwaka ushize. Ikinyamakuru Chimpreports cyatangaje ko mu rwego rwo gutegura iki gitaramo, mu cyumweru gishize muri Kabale habaye irushanwa ryitiriwe Gen. Kainerugaba ‘MK Cup’. Nelson […]
M23 yakiriye intumwa ya Musenyeri wa diyosezi ya Goma

Umushumba wa diyosezi gatolika ya Goma, Musenyeri Willy Ngumbi, yohereje intumwa, isura abakirisitu bo muri gurupoma ya Jomba muri teritwari ya Rutshuru, ihabwa ikaze nâumutwe witwaje intwaro wa M23. Tariki ya 16 Mata 2023 ni bwo Musenyeri Ngumbi yohereje iyi ntumwa. Mbere yo kujya imbere yabo, Lt Colonel Julien Baratuje Mahano wa M23 wari wambaye […]
Muri RDC hagiye gutangira irushanwa ryitiriwe Perezida

Muri Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) hagiye gutangira irushanwa âFatshi Cupâ ryitiriwe Perezida wâiki gihugu, FĂ©lix Tshisekedi Tshilombo uzwi ku izina ryâakabyiniriro nka Fatshi. Minisitiri wa siporo, Franà §ois Claude Kabulo Mwana Kabulo, kuri uyu wa 17 Mata 2023 ubwo yari mu nama nâabanyamuryango bâishyirahamwe ryâumupira wâamaguru muri RDC, FECOFA, yasobanuye ko rizatangira muri Kamena […]
Ingo za General Bunyoni zasatswe
Ingo za General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri wâIntebe wâu Burundi zasatswe nâabapolisi ndetse nâabo mu nzego zishinzwe iperereza. Mu gitondo cyâuyu wa 17 Mata 2023 hatangiye guhwihwiswa amakuru yâuko abapolisi nâabo mu iperereza bari bafite intwaro bagose urugo rwa Gen. Bunyoni, gusa icyari cyahabajyanye nticyari cyakamenyekanye. Mu kanya gashize, urubuga SOS Media Burundi rwemeje aya […]
Perezida Ndayishimiye aremeza ko Umurundi utuye mu cyaro nta madolari akeneye

Perezida wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye, aremeza ko Umurundi utuye mu cyaro nta madolari akeneye kuko no mu gihe yayabona ntacyo yayamaza. Tariki ya 15 Mata 2023 ubwo yifatanyaga nâabatuye muri Komini Mishiha, intara ya Cankuzo, mu muganda, Perezida Ndayishimiye yibasiye abavuga ko Abarundi bakennye, bagapimira ubukene ku idolari. We abona barabaswe n’ubukoloni. Ndayishimiye yagize ati: […]
Perezida Ruto, Kiir na Guelleh wa Djibouti bazajya muri Sudan kunga abahanganye
Abakuru bâibihugu bigize umuryango uhuza za guverinoma ugamije iterambere, IGAD, banzuye kohereza Perezida William Ruto wa Kenya, Salva Kiir wa Sudani yâEpfo na Ismail Omar Guelleh wa Djibouti muri Sudan kugira ngo bunge impande zihanganye. Ku wa 15 Mata 2023, muri Sudani habayeho ukurasana gukomeye hagati yâingabo zishyigikiye ubutegetsi nâabakomando bagize RSF (Rapid Support Force) […]
Guverinoma ya RDC yarakajwe nâamagambo Perezida Kagame yavugiye i Cotonou
Umuvugizi wa guverinoma ya Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), Patrick Muyaya, yagaragaje ko yarakajwe nâamagambo Perezida Paul Kagame yavugiye mu ruzinduko yagiriye i Cotonou muri BĂ©nin. Mu kiganiro nâabanyamakuru ubwo yari kumwe na mugenzi we Patrice Talon uyobora BĂ©nin, Perezida Kagame yabajijwe ku mutwe witwaje intwaro wa M23, asobanura ko ukomoka ku mateka yâubukoloni, […]
Moses Turahirwa yatangaje ko anywera urumogi mu mihanda yâi Kigali
Umunyamideli Moses Turahirwa aravuga ko u Rwanda ari cyo gihugu cyonyine kimwemerera kunywera urumogi nkâumuti mu mihanda no mu busitani bwo mu mujyi wa Kigali. Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa Instagram, Turahirwa yagize ati: âU Rwanda ni cyo ihugu ku Isi na Africa kinyemerera kunywa umuti wâitabi ryâurumogi ku mihanda no mu busitani bwa […]
Perezida Kagame aremeza ko ikibazo cya RDC, u Rwanda nâakarere atari M23

Perezida Paul Kagame aremeza ko ikibazo cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, u Rwanda nâakarere ibihugu byombi biherereyemo atari umutwe witwaje intwaro wa M23. Ubwo yari mu kiganiro nâabanyamakuru i Cotonou muri BĂ©nin kuri uyu wa 15 Mata 2023, Perezida Kagame wari usabwe nâumunyamakuru kuvuga ku mwuka mubi uri mu mubano w’u Rwanda na RDC, […]
Induru zavugiye i London kubera ibitangaza abana bo muri Uganda bagize Ghetto Kids bahakoreye

Mu cyumba kiberamo irushanwa rya Britainâs Got Talent i London mu Bwongereza havugiye induru kubera ibitangaza byakozwe nâabana bo muri Uganda bagize itsinda ryâababyinnyi rizwi nka Ghetto Kids. Iri tsinda ryatangijwe na Dauda Kavuma mu mwaka wâ2013 mu rwego rwo guteza imbere imibereho yâabana bâimfubyi nâababayeho mu buzima bugoye. Abarigize biganjemo ibi byiciro, bakaba bafite […]
Mu Buhinde: Umunyepolitiki nâumuvandimwe we bishwe nâabihinduye abanyamakuru, âcamerasâ zireba

Umunyepolitiki Atiq Ahmad wabaye umushinga amategeko mu Buhinde ndetse nâumuvandimwe we, Ashraf Ahmad, bishwe barashwe nâabihinduye abanyamakuru kuri uyu wa 15 Mata 2023. Atiq na Ashraf, nkâuko France 24 ibitangaza, bari baherekejwe nâabapolisi mu mugoroba ubwo bari bagiye gusuzumirwa ku bitaro mu mujyi wa Prayagraj muri Leta ya Uttar Pradesh. Abanyamakuru babafotoraga, abandi bafata amashusho […]
Abanyekongo bagiye kongera gufata ku ndangamuntu baherukaga ku bwa Mobutu
Abaturage bo muri Repubulika ya demukarasi ya Congo bagiye kongera gufata ku makarita ndangamuntu baherukaga mu myaka irenga 30 ubwo iki gihugu cyayoborwaga na Mobutu Sese Seko. Minisitiri wâIntebe, Michel Sama Lukonde, yatangarije mu nama yâabaminisitiri yabaye tariki ya 14 Mata 2023, ko indangamuntu ziri gutegurwa kandi ko hagati muri uyu mwaka wâ2023, Abanyekongo baraba […]
Leta ya RDC irashinja u Rwanda gutuma idahemba abakozi bayo
Ubutegetsi bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo burashinja u Rwanda gutuma budahemba abakozi ba Leta umushahara w’ukwezi kwa Gashyantare na Werurwe 2023. Mu nama yahuje Minisitiri w’abakozi ba Leta, Jean-Pierre Lihau n’abahagarariye ihuriro ry’abakozi ba Leta tariki ya 13 Mata 2023, uyu muyobozi yasobanuye ko intambara avuga ko igihugu cyabo cyashojweho n’u Rwanda mu burasirazuba […]
Burundi: Abarwanyi ba FLN batumye agace kegereye ku mupaka gashyirirwaho ingamba
Ubuyobozi bwa komini Mabayi mu ntara ya Cibitoke mu Burundi buravugwaho gufatira santere yâubucuruzi ya Kivogero nyuma yâaho abarwanyi bâumutwe witwaje intwaro wa FLN urwanya Leta yâu Rwanda bagaragayemo bagiye gushaka ibibatunga. Amakuru dukesha SOS Media Burundi avuga ko abarwanyi ba FLN iyo bashaka ibibatunga, basohoka mu ishyamba rya Kibira (rihana imbibi na Nyungwe) bafitemo […]
RDC irateganya gufungura dosiye yâubutabera ya Laurent Nkunda na Makenga
Guverinoma ya Repubulika ya demukarasi ya Congo irateganya gufungura dosiye yâubutabera ya General Laurent Nkunda wabaye Umugaba Mukuru wâumutwe witwaje intwaro wa CNDP, Gen. Sultani Makenga uyobora abarwanyi ba M23 nâabandi bafite aho bahurira na bo. Mu kiganiro nâabanyamakuru kuri uyu wa 13 Mata 2023, Minisitiri wâitumanaho nâitangazamakuru akaba nâUmuvugizi wa guverinoma ya RDC, Patrick […]
Raila Odinga agiye gusubukura imyigaragambyo yise iyo kurwana na Goliyati
Umunyapolitiki wo muri Kenya, Raila Odinga, yatangaje ko nyuma yâumunsi mukuru wa Ramadan, azatangaza igihe imyigaragambyo yâihuriro Azimio la Umoja izasubukurirwa kandi ngo izarangira Goliyati atsinzwe. Tariki ya 2 Mata 2023 ni bwo Odinga yahagaritse iyi myigaragambyo yabaga kabiri mu cyumweru, nyuma yo kubisabwa na Perezida William Ruto wamusezeranyije ko abagize inteko ishinga amategeko bo […]
Polisi yâu Rwanda yatangaje ko itari bujenjekere âinkozi zâibibiâ zâabajura zizengereje abaturage
Umuvugizi wa Polisi yâu Rwanda, CP John Bosco Kabera, yatangaje ko uru rwego rushinzwe umutekano rutari bujenjekere abo yise âinkozi zâibibiâ zâabajura zizengereje Abaturarwanda. CP Kabera yabivugiye mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru kuri uyu wa 13 Mata 2023 mu gihe abantu bakomeje gutakamba, basaba Polisi kugira icyo ikora ku bujura bwafashe intera hirya no hino mu […]
Sgt Robert yongeye kurongora nyuma yo gutandukana nâumugore bahunganye

Sergeant Major Kabera Robert wamenyekanye nka Sgt Robert mu muziki yongeye kurongora nyuma yo gutandukana nâumugore we bari barahunganye, Muhorakeye Jane. Sgt Robert na Muhorakeye bahungiye muri Uganda mu Gushyingo 2020 ubwo ubushinjacyaha bwa gisirikare bwari bukurikiranye kuri uyu mugabo icyaha cyo gusambanya umukobwa we ku gahato. Muri Mutarama 2023, uyu musirikare yatangaje ko umugore […]
Tshisekedi yongeye kwemeza ko FDLR ntacyo itwaye u Rwanda
Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi Tshilombo, yongeye kwemeza ko umutwe witwaje intwaro wa FDLR ntacyo utwaye u Rwanda. Kuri uyu wa 13 Mata 2023 ubwo yari mu kiganiro nâabanyamakuru hamwe na Perezida wâu Buruwisi, Alain Berset, yagarutse kuri raporo zirimo iyâUmuryango wâAbibumbye zigaragaza ko ingabo za RDC zifatanya kandi zigatera inkunga […]
USA igiye kwerekana filimi ya Rusesabagina u Rwanda rwemeza ko irimo ibinyoma
Ambasade ya Leta zunze ubumwe za Amerika iri i Maseru muri Lesotho yatangaje ko kuri uyu wa 14 Mata 2023 irerekana filimi ya Paul Rusesabagina yitwa âHotel Rwandaâ. Iyi Ambasade yatangaje ko irerekana iyi filimi mu rwego rwo kugaragaza âinkuru yâubutwari bwa Rusesabagina, ngo warokoye impunzi 1,200 mu gihe cya jenoside yâu Rwandaâ. Iti: âTwamamaze […]
Tshisekedi yatangaje ko nta biganiro bya poliliti RDC izagirana na M23
Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, yatangaje ko nta biganiro bya politiki ubutegetsi bwe buzagirana nâumutwe witwaje intwaro wa M23. Mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru kuri uyu wa 13 Mata 2023 ubwo yari kumwe na mugenzi we uyobora u Busuwisi, Alain Berset uri mu ruzinduko i Kinshasa, Tshisekedi yabajijwe ku biganiro bya […]
U Rwanda rwongeye gusaba u Bwongereza gushyikiriza ubutabera Abanyarwanda batanu

Intumwa Nkuru yâu Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye, yongeye gusaba iki gihugu gushyikiriza ubutabera Abanyarwanda batanu bagituyemo bakekwaho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ambasaderi Busingye yabisabye kuri uyu wa 12 Mata 2023 ubwo yari mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 29 jenoside yakorewe Abatutsi wateguwe na Ambasade yâu Rwanda mu Bwongereza. Busingye […]
Impapuro zâumutekano wa Biden zateje impagarara nyuma yo gutakara mu muhanda
Impapuro zâumutekano zigaragaza uko umutekano wa Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden, wagombaga kuba urinzwe mu gihe cyâuruzinduko rwe muri Northern Ireland zateje impagarara nyuma yâaho zitakaye mu muhanda. Nkâuko umunyamakuru wa BBC yabitangaje, umuturage yatoraguye izi mpapuro kuri uyu wa 12 Mata 2023 mu muhanda wo mu mujyi wa Belfash, hafi […]
Tshisekedi arabwira Perezida wâu Busuwisi ko u Rwanda ari intandaro yâimibabaro yâAbanyekongo
Kuri uyu wa 12 Mata 2023, Perezida wâu Busuwisi, Alain Berset yageze muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, yakirwa na Minisitiri wâIntebe wâiki gihugu cyo mu karere kâibiyaga bigari, Michel Sama Lukonde. Perezida Berset yajyanye muri RDC imfashanyo igihugu cye gishaka guha Abanyekongo bahunze imirwano yâingabo zâiki gihugu nâumutwe witwaje intwaro wa M23 byâumwihariko. Uyu […]
FARDC ivuga ko yataye muri yombi 59 bagabye igitero kuri M23
Igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, kivuga ko cyataye muri yombi abarwanyi bo mu ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro ryitwa Wazalendo bagabye igitero kuri M23 kuri uyu wa 12 Mata 2023 muri gurupoma ya Kibumba, teritwari ya Nyiragongo. Mu gitondo cy’uyu wa 12 Mata, Bertrand Bisimwa uyobora M23 mu rwego rwa politiki yatangaje ko […]
Tshisekedi yahuye na Lourenà §o wa Angola, baganira kuri M23
Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, yahuye na mugenzi we uyobora Angola, JoĂ ÂŁo Lourenà §o, barebera hamwe niba umutwe witwaje intwaro wa M23 nâingabo za RDC biri kubahiriza ibyemezo byafatiwe i Luanda. Mu ntangiriro za Werurwe 2023, Lourenà §o usanzwe ari umuhuza wa Leta ya RDC na M23 yakiriye intumwa zâuyu mutwe witwaje intwaro, […]
Umuvugizi wa RIB abona abarokotse jenoside bayihakana bakayipfobya ari abagambanyi
Umuvugizi wâurwego rwâigihugu rwâubugenzacyaha, Dr Murangira Thierry, abona abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bayihakana bakanayipfobya ari abagambanyi batagira akagero. Mu kiganiro yagiranye nâAbanyarwanda bakoresha urubuga rwa Twitter ku mugoroba wo kuri uyu 11 Mata 2023, Dr Murangira yasobanuye ko aba bantu bakora ibi kubera amafaranga bishyurwa nâababakoresha. Dr Murangira, muri iki kiganiro cyâuruhare rwâabahanzi […]
U Burusiya bwagerageje misile yakwambukiranya imigabane
Minisiteri yâingabo zâu Burusiya yatangaje ko abasirikare bayo bagerageje misile ifite ubushobozi bwo kwambukiranya imigabane izwi nka ICBM. Iyi Minisiteri isobanura ko iri gerageza ryakorewe ku birindiro byâingabo kabuhariwe bya Kapustin Yar biherereye mu karere ka Astrakhan kuri uyu wa 11 Mata 2023. Yagize iti: âKu wa 11 Mata 2023, ingabo kabuhariwe zikoresha misile zagerageragereje […]
Uganda: Minisitiri wâIntebe aremeza ko adafite ubushobozi bwo kugenzura Minisitiri ukekwaho kwiba amabati
Minisitiri wâIntebe wa Uganda, Robinah Nabbanja, yumvikanye avuga ko adafite ubushobozi bwo kugenzura Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya Karamoja, Dr Mary Goretii Kitutu, ukurikiranweho kwiba amabati yagenewe abaturage. Mu gihe Minisitiri Kitutu nâabandi bafite aho bahuriye nâibikorwa bya Karamoja bakurikiranwe nâubutabera nyuma yâaho amabati Leta yari yarageneye abaturage bo muri aka gace abuze, abarimo Nabbanja bakomeje […]