MONUSCO yagaragaje akababaro yatewe nâiyirukanwa ryâUmuvugizi wayo muri RDC
Misiyo yâamahoro yâUmuryango wâAbibumbye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), MONUSCO, yagaragaje akababaro yatewe nâiyirukanwa ryâUmuvugizi wayo ku butaka bwâiki gihugu. Kuri uyu wa 3 Kanama 2022, hamenyekanye amakuru yâuko Minisitiri wâububanyi nâamahanga wa RDC, Christophe Lutundula, tariki ya 28 Nyakanga yandikiye uyu Muvugizi, Mathias Gillman, amumenyesha ko agomba kuva muri iki gihugu. Minisitiri […]
Blinken uzaza i Kigali ku bwa Rusesabagina, Nyungwe yatwitswe nâimpinduka muri guverinoma: inkuru zâicyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 25 Nyakanga 2022 cyaranzwe nâinkuru nyamakuru zirebana na politiki nâumutekano. Harimo ko: Blinken ategerejwe mu Rwanda Ikinyamakuru Jeune Afrique tariki ya 27 Nyakanga cyatangaje ko Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Antony Blinken, mu kwezi gutaha azagirira uruzinduko mu Rwanda no muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Muri […]
Minisitiri Tembo wo muri Malawi yanyuzwe nâiterambere ryâu Rwanda
Minisitiri wâububanyi nâamahanga wa Malawi, Nancy Tembo, yagaragaje ko yanyuzwe nâiterambere ryâu Rwanda ubwo yari yitabiriye inama yâabakuru bâibihugu na za guverinoma byo mu muryango Commonwealth mu kwezi gushize. Nkâuko The New Times yabitangaje, Minisitiri Tembo ubwo yari yitabiriye ibirori byabereye muri Malawi tariki ya 29 Nyakanga 2022 byo kwizihiza imyaka 28 u Rwanda rumaze […]
UN yatangaje ko yifuza ko MONUSCO yava muri RDC byihuse cyane
Umuryango wâAbibumbye (UN) watangaje ko wifuza ko misiyo yâamahoro yawo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), MONUSCO, yava muri iki gihugu bidatinze nkâuko abaturage bacyo babyifuza. Ibi byavuzwe n’Umunyamabanga Mukuru wungirije wa UN ushinzwe ibikorwa byo kugarura amahoro, Jean Pierre Lacroix, wagiriye uruzinduko muri RDC, ubwo yakomozaga ku myigaragambyo yâabamagana MONUSCO iherutse kubera mu […]
General Makenga yakiriwe nâuwahoze ayobora Rutshuru
Umuyobozi wâumutwe witwaje intwaro wa M23 ku rwego rwa gisirikare, General Sultani Makenga, yagaragaye ari kumwe na Jean Mwigamba wahoze ayobora teritwari ya Rutshuru mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru, muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko Mwigamba yakiriye Gen. Makenga mu gitondo cyo kuri uyu wa 30 Nyakanga muri […]
Igitero cya Ukraine cyatumye u Burusiya busubika ibirori bya âNavy Dayâ muri Crimea
Leta yâu Burusiya yafashe icyemezo cyo gusubika ibirori byahariwe ingabo zirwanira mu mazi, Navy Day, kubera igitero ingabo za Ukraine zagabye muri iki gitondo. Guverineri wâumujyi wa Sevastopol muri Crimea, Mikhail Eazvozhaev, yatangaje ko icyaketswe ko ari indege itagira umupilote (drone) cyarashe ku kigo cyâingabo zâu Burusiya zirwanira mu mazi mu gitondo cyâuyu munsi, gikomeretsa […]
Kenyatta yashimiye Lourenço aho agejeje yunga u Rwanda na RDC
Perezida wa Kenya akaba n’Umuyobozi Mukuru w’umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC) ucyuye igihe, Uhuru Kenyatta, yashimiye mugenzi we uyobora Angola, JoĂŁo Lourenço kuba yaragerageje kunga u Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bitabanye neza. Iri shimwe rikubiye mu butumwa Kenyatta yahaye Minisitiri wâububanyi nâamahanga wa Angola, Ambasaderi Tete AntĂłnio, wari woherejwe na […]
Tshisekedi abona abasabye ko MONUSCO yamaganwa ari abanzi bâigihugu
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) avuga ko abasabye ko misiyo yâamahoro yâUmuryango wâAbibumbye, MONUSCO, yamaganwa, ari abanzi bâigihugu. Byatangajwe nâUmuvugizi wa guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru ku wa 29 Nyakanga 2022, cyari cyerekeye ibikorwa byo kwamagana MONUSCO byabereye mu mijyi ya Goma, Butembo no muri teritwari ya Uvira. […]
Minisitiri Biruta avuga ko ingabo z’u Rwanda zitazivanga muri politiki ya Centrafrica

Minisitiri wâububanyi nâamahanga nâubutwererane, Dr Vincent Biruta, yatangaje ko ingabo zâu Rwanda ziri mu butumwa bwâamahoro muri Repubulika ya Centrafrica zitazivanga muri politiki yâiki gihugu. Minisitiri Biruta yabivugiye mu kiganiro kigufi yagiranye na radiyo mpuzamahanga yâAbafaransa, RFI, ati: “U Rwanda ntabwo rushobora kwivanga muri bibazo byâimbere birebana na politiki ya Repubulika ya Centrafrica.â Umukuru wa […]
USA yamenyesheje Kim ufite umugambi wo âgusibaâ Koreya y’Epfo ko wazamubera umutego mutindi
Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zamenyesheje Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un, wateguje ko azasiba Koreya yâEpfo ko umugambi we ushobora kumubera nkâumutego mutindi ushibukana nyirawo. Ku wa 27 Nyakanga 2022 ubwo Koreya ya Ruguru yizihizaga imyaka 69 imaze ibonye ubwigenge, Kim yatangaje ko Koreya yâEpfo nikomeza imyitozo ya gisirikare yayo na USA, […]
MONUSCO ikomeje gusaba imbunda zirasa kure nâindege zâintambara ngo ishobore kurwanya M23
Misiyo yâamahoro yâUmuryango wâAbibumbye (UN) muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, MONUSCO, ikomeje gusaba intwaro zirimo iziremereye zirasa kure na kajugujugu zâintambara kugira ngo ibashe kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23 uvugwaho kuyirusha imbaraga. Ikinyamakuru Africa Intelligence gikora inkuru zicukumbuye byâumwihariko ku mutekano wo ku mugabane wa Afurika, kuri uyu wa 28 Nyakanga 2022 cyatangaje […]
Mu Rwanda hateganyijwe imvura izaturuka mu ishyamba ryo muri Congo

Ikigo cyâigihugu cyâiteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko mu minsi itatu hateganyijwe imvura izaturuka mu ishyamba ryo muri Congo (Repubulika ya Demukarasi ya Congo). Mu butumwa iki kigo cyashyize kuri Twitter kuri uyu wa 28 Nyakanga 2022, cyasobanuye ko imvura itaherukaga kugwa izaturuka nâubuhehere bwâishyamba ryo mu gihugu cyâabaturanyi. Yagize iti: âHateganyijwe imvura hagati yâitaliki ya […]
Meya wa Kampala yari agiye kurwanira nâUmuvugizi wa guverinoma mu kiganiro kuri televiziyo
Meya wâumujyi wa Kampala, Erias Lukwago yari agiye kurwanira nâUmuvugizi wa guverinoma ya Uganda, Ofwono Opondo mu kiganiro âFrontlineâ bombi bahuriyemo kuri NBS TV. Ku mbuga nkoranyambaga no ku binyamakuru byo muri Uganda hasakaye videwo ngufi igaragaza Meya Lukwago na Opondo baterana amagambo, bigera aho Umuvugizi wa guverinoma ahaguruka, asatira umuyobozi wa Kampala. Opondo watungaga […]
Gen. Kainerugaba yavuze ku makuru yâuko Museveni yamubujije gukoresha Twitter
Umugaba wâingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba yavuze ku makuru yâuko umubyeyi we, Perezida Yoweri Museveni yaba yaramubujije gukoresha urubuga rwa Twitter. Muri mpera za Kamena 2022, humvikanye amakuru yâuko Museveni yateranyirije hamwe abasirikare bakuru, ababuza gushyira kuri uru rubuga ibyerekeye umutekano wâigihugu, byâumwihariko Lt Gen. Kainerugaba. Aya makuru amaze gusohoka, […]
Musanze: Muganga washinjwaga ibyaha birimo gusambanya umwana no kumwica yahamije kimwe
Urukiko rwisumbuye rwa Musanze kuri uyu wa 28 Nyakanga 2022 rwahamije Muganga Maniriho Jean de Dieu icyaha cyo gusambanya umukobwa wâimyaka 17 yâamavuko, rumuhanaguraho ikindi cyo kumwica no kumukuriramo inda, rumukatira igifungo cyâimyaka 25. Maniriho yatawe muri yombi tariki ya 9 Ugushyingo 2020 nyuma yâurupfu rwâuyu mukobwa witwaga Iradukunda Emerance muganga avuga ko yari umukunzi […]
Museveni yafunguye uruganda rwa Nakasongola rukora imodoka z’imitamenwa zirimo iz’intambara

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yafunguye ku mugaragaro uruganda rukora rukanateranya imodoka zâimitamenwa zirimo izâintambara zizwi nkâibifaru, ruherereye mu gace ka Nakasongola. Muri uyu muhango wabaye kuri uyu wa 27 Nyakanga 2022, uyu Mukuru wâIgihugu yashimiye ikigo Streit Group cyubatse uru ruganda, hamwe nâumuyobozi wâikigo NEC gifite mu nshingano inganda zâigisirikare cya Uganda, Lt […]
Perezida w’u Bufaransa yashinje Afurika kugaragaza uburyarya ku bitero by’u Burusiya muri Ukraine
Perezida wâu Bufaransa, Emmanuel Macron, yashinje ibihugu byo ku mugabane wa Afurika kugaragaza uburyarya ku ântambaraâ iri kubera muri Ukraine kuva muri Gashyantare 2022. Uyu Mukuru wâIgihugu yashinje ibi bihugu ubwo yari mu kiganiro nâabanyamakuru muri Cameroon, ubwo yahagiriraga uruzinduko rwâakazi rugamije gushimangira umubano wâimpande zombi. Macron yavuze ko ibihugu bya Afurika byagaragaje uburyarya, bihakana […]
USA izareba niba yahagarika cyangwa ntihagarike inkunga igenera u Rwanda
Ibiro bya Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) bishinzwe ububanyi nâamahanga bivuga ko bizaganira nâinteko ishinga amategeko iherutse gusaba ko politiki yâiki gihugu irebana nâinkunga gihe u Rwanda yasubirwamo. Perezida wa komisiyo ya Sena ya USA ishinzwe ububanyi nâamahanga, Robert Menendez, aherutse kwandikira Umunyamabanga wâiki gihugu, Antony Blinken, amusobanurira ko u Rwanda ruteza umutekano muke […]
Antony Blinken yaba ateganya gusura u Rwanda na RDC
Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), Antony Blinken ashobora kuba ateganya gusura u Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) mu kwezi gutaha. Ikinyamakuru Jeune Afrique kuri uyu wa 27 Nyakanga 2022 cyatangaje ko amakuru gikesha abo muri USA na RDC, avuga ko Blinken azasura ibi bihugu hagati mu kwezi kwa Kanama, […]
Uvira: Bane bamaganaga MONUSCO bishwe nâumuriro wâamashanyarazi
Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko abantu bane bo muri teritwari ya Uvira bari bitabiriye imyigaragambyo yo kwamagana misiyo yâamahoro yâUmuryango wâAbibumbye (MONUSCO), bishwe nâumuriro wâamashanyarazi. Mu gitondo cyo kuri uyu wa 27 Nyakanga 2022 ni bwo abaturage bo muri Uvira, mu ntara ya Kivu yâAmajyepfo, biyunze nâabandi Banyekongo mu myigaragambyo […]
Guverineri Habitegeko yasabye uvuga ko muri Rutsiro bashonje kwiririra n’urubyaro rwe

Guverineri wâintara yâUburengerazuba, Habitegeko François, yasabye umuturage uvuga ko mu karere ka Rutsiro bashonje kwiririra nâurubyaro rwe, hanyuma agakuramaboko mu mufuka, agakora. Ku wa 25 Nyakanga 2022, ibiro byâakarere ka Rutsiro byagaragarije kuri Twitter umusaruro wâibirayi wavuye mu murenge wa Kigeyo, mu gihe cyâihinga cya 2022 B. Biti: âNteko mu murenge wa Kigeyo, akarere ka […]
RDC: Minisitiri Mpanda yabwiye abatekereza ko Abanyarwanda na M23 ari abanzi babo ko bibeshya
Minisitiri ushinzwe ubushakashatsi muri siyansi no guhanga udushya mu ikoranabuhanga muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), JosĂ© Mpanda Kabangu, yasabye abatekereza ko Abanyarwanda nâumutwe witwaje intwaro wa M23 ari abanzi babo kubanza gushishoza. Minisitiri Mpanda yabivugiye mu kiganiro yagiranye nâabaturage b’iwabo mu mujyi wa Mbuji-Mayi mu ntara ya KasaĂŻ-Oriental ku Cyumweru tariki ya 24 […]
Minisitiri Gasana yatanze icyizere ko nta bisasu bizongera guterwa mu Rwanda biturutse muri RDC
Minisitiri wâumutekano mu gihugu, Gasana Alfred, yatanze icyizere ko nta bisasu bizongera guterwa ku butaka bwâu Rwanda biturutse mu bihugu nka Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Minisitiri Gasana yabibwiye urubyiruko rwâabakorerabushake rwo mu ntara yâAmajyepfo ruri mu mahugurwa mu ishuri rya Polisi yâu Rwanda rya Gishari riherereye mu karere ka Rwamagana, kuri uyu wa […]
Guterres yasabye Leta ya RDC kugeza mu butabera byihuse abakoreye urugomo MONUSCO
Umunyamabanga Mukuru wâUmuryango wâAbibumbye, Antonio Guterres, yasabye ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kugeza mu butabera byihuse abakoreye urugomo abashinzwe umutekano bari mu butumwa bwâamahoro, MONUSCO. Ni nyuma yâaho kuri uyu wa 26 Nyakanga 2022, abaturage bakoreye imyigaragambyo mu kigo cya MONUSCO giherereye mu mujyi wa Butembo, bakica umusirikare umwe ukomoka muri Maroc […]
Rulindo: Umuyobozi avuga ko batananiwe gukurikirana agatsiko kacukuye ibiro byâakagari nâimva
Umuyobozi wâakarere ka Rulindo wungirije ushinzwe ubukungu, Mutsinzi Antoine, avuga ko nk’ubuyobozi batananiwe gukurikirana ibibazo biterwa nâagatsiko kâabitwa âAbapariâ gaherutse gucukura ahubatse ibiro byâakagari bigasiraga ku manga, kakanataburura umurambo. Abapari ni itsinda ryâabakora ubucukuzi bwâamabuye yâagaciro mu buryo butemewe nâamategeko mu murenge wa Murambi na Masoro, barimo abasezerewe nâikigo gishinzwe ubucukuzi cya Rutongo Mine. Abaturage […]
Musanze: Umuntu umwe mu bakoze ikizamini cyâushinzwe Itumanaho ni we uzakora âinterviewâ

Saa mbiri zâigitondo cyo ku wa 25 Nyakanga 2022, abakandida bahatanira umwanya wâumukozi ushinze inozamubano nâitumanaho (Public Relations and Mass Communication Officer) nâumunyamabanga ushinzwe imari (Secretary to Finance) mu karere ka Musanze bazindukiye mu kizamini cyâakazi mu ishami rya Kaminuza yâu Rwanda rya Rukara riherereye mu karere ka Kayonza. Ntabwo ikizamini cyatangiye saa mbiri zâigitondo […]
Abarenga 5 bapfiriye mu myigaragambyo irwanya MONUSCO, abandi 50 bakomeretse
Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, RDC, imaze gutangaza ko abantu barenga 5 bapfiriye mu myigaragambyo irwanya misiyo yâamahoro yâUmuryango wâAbibumbye (MONUSCO) i Goma, abandi babarirwa muri 50 barakomereka. Umuvugizi wa guverinoma, Patrick Muyaya, yabyemereje mu butumwa yatangarije kuri Twitter kuri uyu wa 26 Nyakanga 2022. Yagize ati: “Goma, abatari munsi ya 5 bapfuye, […]
U Bushinwa bushobora gukumira indege y’Umukuru w’Inteko ya USA, najya muri Taiwan
Guverinoma yâu Bushinwa yagaragaje ko ishobora gukumira indege ya Perezida wâInteko ishinga amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Nancy Pelosi, naramuka agiriye uruzinduko muri Taiwan. Nyuma yâaho Pelosi atangarije ko muri Kanama 2022 azajya muri Taiwan isanzwe ihanganye nâu Bushinwa, Minisitiri wâububanyi nâamahanga wâiki gihugu, Zhao Lijian, ku wa Kabiri wâicyumweru gishize, yatangaje […]
Perezida wa Banki ya Afurika yatangaje ko yanze ubwenegihugu bwa USA
Perezida wa Banki nyafurika itsura amajyambere izwi nka AfDB cyangwa BAD, Dr Akinwumi Adesina, yatangaje ko yanze ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), asobanura nâimpamvu yahisemo kugumana ubwa Nigeria gusa. Kuri uyu wa 25 Nyakanga 2022, abanya-Nigeria baba mu mahanga (diaspora) bizihije umunsi mukuru wabagenewe, Dr Adesina awitabira yifashishije ikoranabuhanga rihuza amashusho. Mu […]
Leta ya Myanmar yanyonze abanyapolitiki 4 batavugaga rumwe na yo
Igisirikare kiyoboye inzibacyuho ya Myanmar cyemeje ko cyanyonze abanyapolitiki bane batavugaga rumwe na cyo, nyuma yâaho kibahamije icyaha cyo gukora ibikorwa byâiterabwoba. Abishwe ni Ko Jimmy, Zayar Thaw wabaye umuhanzi wa hip-hop nâumudepite mu nteko ishinga amategeko ya Myanmar, U Hla Myo Aung na A Aung Thura Zaw. Igikorwa cyo kwica aba banyapolitiki cyababaje abakomeye […]
Abaturage ba RDC bibukijwe ko gahunda ya MONUSCO yo kuva iwabo itahindutse
Abaturage ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) byâumwihariko abo mu burasirazuba bwâigihugu ko gahunda ya misiyo yo kugarura amahoro nâumutekano yâUmuryango wâAbibumbye yo kugenda itigeze ihinduka. Ni nyuma yâaho kuri uyu wa 25 Nyakanga 2022, abatuye i Goma bagiye kwigaragambiriza ku kigo cya MONUSCO, bagasahura, bagatwika ndetse bakangiza ibikorwa byaho. Basabaga ko iyi misiyo […]
Perezida Kagame yohereje Minisitiri Biruta i Kinshasa

Minisitiri wâububanyi nâamahanga nâubutwererane, Dr Vincent Biruta, ari i Kinshasa muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kuri uyu wa 25 Nyakanga 2022. Minisitiri Biruta yahagarariye Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame, mu nama yâabakuru bâibihugu na za guverinoma zâibihugu bigize umuryango wâakarere ka Afurika yo hagati, CEEAC-ECCAS. Iyi nama iyobowe na Perezida wa RDC, FĂ©lix-Antoine […]
RDC ‘irahana bikomeye’ abakoreye urugomo MONUSCO i Goma
Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko abaturage bigaragambirije mu kigo cya misiyo yâamahoro yâUmuryango wâAbibumbye (MONUSCO) giherereye mu mujyi wa Goma, bagomba guhanwa. Mu gitondo cyâuyu wa 25 Nyakanga 2022, abaturage batuye muri uyu mujyi bateye iki kigo, binjira mu bubiko bwâibikoresho no mu biro, barangiza. MONUSCO mu butumwa yahaye itangazamakuru, […]
U Rwanda rwemeza ko rumaze kugira ubushobozi bwo kwakira abimukira 200 bazaturuka mu Bwongereza
Guverinoma yâu Rwanda iremeza ko iki gihugu kimaze kugira ubushobozi bwo gucumbikira abimukira 200 bari mu bazoherezwa nâu Bwongereza, hashingiwe ku masezerano ibihugu byombi byagiranye muri Mata 2022. Umuvugizi wa guverinoma, Yolande Makolo, tariki ya 22 Nyakanga 2022, yabwiye abanyamakuru ko icumbi ryâaba bimukira ryamaze kuboneka ari inyubako ya Hope Hotel, ikaba ari yo ifite […]
Bunagana: Uwo M23 ifashe agiye kwiba iby’abahunze imirwano arakubitwa
Bamwe mu baturage bahungiye mu karere ka Kisoro muri Uganda imirwano yabereye mu mujyi wa Bunagana muri Kamena 2022, bavuga ko uwo umutwe witwaje intwaro wa M23 ufashe agiye kwiba ibya bagenzi be, akubitwa. Mu kiganiro bagiranye nâumunyamakuru wa VOA mu nkambi y’agateganyo ya Nyakabande bacumbitsemo, basobanuye ko bamwe muri bo bajya i Bunagana gushaka […]
RDC yanze inama ya Museveni, Ndayishimiye ahabwa kuyobora EAC, ubwumvikane bw’u Rwanda na RDC: inkuru zâicyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 18 Nyakanga 2022 cyaranzwe nâinkuru nyamukuru zirebana nâumutekano, politiki ndetse nâumuryango. Harimo ko: RDC yanze inama ya Museveni Guverinoma ya RDC yatangaje ko itemeye inama ya Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, wayisabye kujya mu mishyikirano na M23 mu rwego rwo gushaka igisubizo kirambye cyâamakimbirane ari hagati yâimpande zombi. Umuvugizi wa […]
Dr Rwigema wabaye Minisitiri wâIntebe yarangije amasomo ya kaminuza mu burezi

Dr Rwigema Pierre CĂ©lestin wabaye Minisitiri wâuburezi wa mbere mu 1994 u Rwanda rumaze kubohorwa, akaba na Minisitiri wâIntebe kuva mu 1995 kugeza mu 2000, yarangije amasomo ya kaminuza mu ishami ryâuburezi. Nkâuko bigaragara ku itangazo rya kaminuza ya Mount Kenya riteguza ibirori byo kurangiza amasomo (graduation ceremony) bizaba tariki ya 29 Nyakanga 2022, Dr […]
U Burusiya bwatangaje ko bwiciye abasirikare ba Ukraine barenga 50 mu bubiko bwâintwaro
Minisiteri yâingabo yâu Burusiya ivuga ko yasenye intwaro nâamasasu bya Ukraine birenga 3000, imodoka ndetse nâindege zâintambara, yica abasirikare bâiki gihugu barenga 50 mu gitero cyo kuri uyu wa 23 nâuwa 24 Nyakanga 2022. Umuvugizi wâiyi Minisiteri, Igor Konashenkov, nkâuko ibiro ntaramakuru TASS bya Leta yâu Burusiya bibivuga, yatangaje ko ibi byose byasenyewe mu gitero […]
Rutaremara asobanura impamvu Abanyaburayi nâAbanyamerika batumva ko Kagame yatsinda amatora kuri 99%
Umunyapolitiki Tito Rutaremara uri mu bagize akanama ngishwanama kâinararibonye asobanura impamvu Abanyaburayi nâAbanyamerika babona ko ari ikibazo kuba Perezida Paul Kagame yatsinda amatora ku kigero cya 99%. Rutaremara yasobanuye ko i Burayi, abayobozi badakorera abaturage, ahubwo bakorera udutsiko duto twâabanyembaraga bafite imitungo myinshi. Ati: âNi cyo gituma iyo biyamamaza babeshya abaturage ngo bazakora ibi nâibi […]
Brig. Gen. Candide yashimye inama za Gen. Kazura ku bibera muri Bénin
Umugaba Mukuru wâingabo za BĂ©nin, Brigadier General Fructueux Candide Ahodegnon Gbaguidi, yatangaje ko mugenzi we uyobora ingabo zâu Rwanda, General Jean Bosco Kazura, yamugiriye inama nyinshi ku kibazo cyâumutekano muke kiri mu gihugu cyabo. Brig. Gen. Candide yageze mu Rwanda kuri uyu wwa 23 Nyakanga 2022, yakirwa na Gen. Kazura ku cyicaro gikuru cyâingabo, ku […]
Mwilanya wayoboye ibiro bya Kabila abona RDC yirengagiza uburyo bwo gukemura ikibazo cya M23
Prof. NĂ©hĂ©mie Mwilanya wayoboye ibiro bya Joseph Kabila ubwo yari Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) abona ubutegetsi buriho bwirengagiza uburyo bwo gukemura ikibazo cyâumutwe witwaje intwaro wa M23 kandi buhari. Mwilanya yabivugiye mu kiganiro nâabanyamakuru ku wa 22 Nyakanga 2022 ubwo yamurikaga igitabo cyerekeye kuri politiki yâumutekano mu karere kâibiyaga bigari. Uyu […]
U Burundi buremeza ko bushobora kuzababarira Gen. Niyombare na bagenzi be
Guverinoma yâu Burundi iremeza ko ishobora kubabarira abahungiye mu Rwanda nyuma yo kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza mu mwaka wâ2015. Minisitiri wâububanyi nâamahanga wâu Burundi, Ambasaderi Albert Shingiro, mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru tariki ya 22 Nyakanga 2022, yatangaje ko ibibazo byari hagati yâigihugu cyabo nâu Rwanda byakemutse, keretse icyâaba rugicumbikiye. Minisitiri Shingiro yagaragaje ko […]
RDC yashimiye Menendez woherereje Blinken ibaruwa ishinja u Rwanda gufasha M23
Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yashimiye Perezida wa komisiyo ya Sena ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) ishinzwe ububanyi nâamahanga, Robert Menendez, wandikiye Umunyamabanga Antony Blinken ibaruwa ishinja u Rwanda gufasha M23. Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2022, i Kinshasa habaye ikiganiro nâabanyamakuru cyarimo Minisitiri wâububanyi nâamahanga, Christophe Lutundula nâUmuvugizi wa […]
U Burusiya na UN byemeranyije kurekura ibinyampeke byaheze muri Ukraine
U Burusiya, Umuryango wâAbibumbye (UN) na Turukiya byagiranye amasezerano yo kohereza toni miliyoni 25 z’ibinyampeke byaheze ku byambu byo muri Ukraine kubera intambara yatangiye muri Gashyantare 2022. Ikinyamakuru RT gikorana bya hafi na Leta yâu Burusiya cyatangaje ko aya masezerano yasinyiwe mu murwa mukuru wa Turukiya, Istanbul, kuri uyu wa 22 Nyakanga 2022. Aya masezerano […]
Perezida Ndayishimiye ni umuyobozi mushya wa EAC

Perezida wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye, amaze gushyikirizwa inshingano yâUmuyobozi Mukuru (Chairperson) wâumuryango wâakarere ka Afurika yâiburasirazuba (EAC). Iri hererekanyabubasha ribaye hagati ye na Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta wari ufite iyi nshingano kuva tariki ya 27 Gashyantare 2021, mu nama isanzwe ya 22 yâabakuru bâibihugu bya EAC yabaye kuri uyu wa 22 Nyakanga 2022. Amaze […]
Menendez yagaragaje ko yababajwe n’ifoto ya Perezida Kagame na General Townsend

Perezida wa komisiyo ya sena ya Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) ishinzwe ububanyi nâamahanga, Robert Bob Menendez, yagaragaje ko yababajwe nâifoto ya Perezida Paul Kagame ari kumwe na General Stephen Townsend, hamwe nâabandi bofisiye. Tariki ya 19 Gicurasi 2022, Gen. Townsend uyobora ingabo za USA ziri ku mugabane wa Afurika, yajyanye na Deb MacLean […]
Museveni abona EAC yaba USA yo muri Afurika, igaca ukubiri n’inzara

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, abona umuryango wâakarere ka Afurika yâiburasirazuba (EAC) waba nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) kuri uyu mugabane, ugaca ukubiri nâinzara. Uyu Mukuru wâIgihugu yabivugiye mu nama yo ku rwego rwo hejuru yâuyu muryango yabereye i Arusha muri Tanzania ku cyicaro cyâuyu muryango kuri uyu wa 21 Nyakanga 2022. […]
Goma: Abagore bamaganye MONUSCO, biyemeza gufata intwaro bakirukana M23 i Bunagana

Abagore batari benshi cyane mu gitondo cyâuyu wa 22 Nyakanga 2022, bazindukiye ku marembo y’biro bya misiyo yâamahoro yâUmuryango wâAbibumbye (MONUSCO) no mu muhanda i Goma, bayamagana, basaba ko yava ku butaka bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Aba bagore bashinja ingabo za MONUSCO gutererana iza Leta mu rugamba rwo kurwanya umutwe witwaje intwaro […]
U Rwanda na RDC byashyigikiye ko ingabo za EAC zijya kurwanya M23 na FDLR
Guverinoma yâu Rwanda nâiya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) binyuze mu ntumwa zoherejwe mu biganiro muri Angola, zashyigikiye ko ingabo zâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC) zijya kurwanya imitwe yitwaje intwaro ya M23 na FDLR. Izi ntumwa ku ruhande rwâu Rwanda ziyobowe na Minisitiri wâububanyi nâamahanga nâubutwererane, Dr Vincent Biruta, nâurwa RDC ziyobowe na mugenzi […]
Dr Mukwege yagaragaje ko atewe impungenge nâingabo za EAC zizoherezwa muri RDC
Muganga wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) wahawe igihembo cyâamahoro cyitiriwe Nobel mu 2018, Dr Denis Mukwege yagaragaje ko atewe impungenge nâingabo zâibihugu bigize umuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC) zizoherezwa mu gihugu cyabo. Icyemezo cyo kohereza umutwe uhuriweho wâingabo zâibi bihugu cyafashwe nâabayobozi babyo bahuriye i Nairobi tariki ya 21 Mata 2022, banzura […]
Perezida Kagame ntaboneka mu nama yâabakuru bâibihugu bya EAC

Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame, ntaboneka mu nama yâabakuru bâibihugu bigize umuryango wâakarere ka Afurika yâiburasirazuba (EAC) irabera i Arusha muri Tanzania uyu munsi nâejo. Ibiro bya Minisitiri wâIntebe wâu Rwanda bisobanura ko Umukuru wâIgihugu arahagararirwa na Dr Edouard Ngirente wamaze kugera i Arusha. Mu butumwa byashyize hanze mu mwanya ushize, ibi biro byagize biti: […]
Intumwa z’u Rwanda na RDC zahuriye muri Angola mu nama yo guhosha amakimbirane

Intumwa zâu Rwanda nâiza Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) zateraniye i Luanda muri Angola mu nama yo gukemura amakimbirane yatutumye hagati yâibihugu byombi bitewe nâimpamvu zâumutekano. Ku ruhande rwâu Rwanda, izi ntumwa ziyobowe na Minisitiri wâububanyi nâamahanga nâubutwererane, Dr Vincent Biruta. Iza RDC zo ziyobowe na Minisitiri wâububanyi nâamahanga, Christophe Lutundula. Uruhande rwa Angola […]
Tshisekedi ntiyitabira inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC muri Tanzania
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, ntiyitabira inama ebyiri zâabakuru bâibihugu bigize umuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC) zirabera i Arusha muri Tanzania guhera kuri uyu wa 21 Nyakanga 2022. Ibiro byâUmunyamabanga Mukuru wa EAC bisobanura ko mu nama iraba uyu munsi, abakuru bâibihugu baraganira ku masezerano yâishyirwa mu bikorwa ryâisoko rusange […]
MONUSCO iherutse koherereza u Rwanda abarwanyi ba FDLR na CNRD
Misiyo yâamahoro yâUmuryango wâAbibumbye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, MONUSCO, iherutse koherereza u Rwanda abarwanyi bane bo mu mitwe yitwaje intwaro ya FDLR-FOCA na CNRD-Ubwiyunge. MONUSCO isobanura ko binyuze muri gahunda yâubukangurambaga bwo gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare, DDR/RR-CVR, aba barwanyi boherejwe tariki ya 6 Nyakanga 2022. Iyi misiyo isobanura ko guhera muri […]
Ambasaderi wâu Bwongereza yasobanuye ku kirego cyâuko u Rwanda rwinjiza impunzi mu gisirikare
Ambasaderi wâUbwami bwâu Bwongereza (UK) mu Rwanda, Omar Daair, yasobanuye ku kirego kivuga ko iki gihugu akoreramo cyinjiza impunzi mu gisirikare, kikazohereza kurwanira mu bihugu byâibituranyi. Mu rukiko rwo mu Bwongereza, ahabera urubanza rwâabashaka kuburizamo gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, hagaragajwe inyandiko zâibimenyetso bishya byerekana uburyo iki gikorwa gikwiye kuburizwamo. Ikinyamakuru The Times cyo […]
Odinga yasubije abamubwira ko ataba Perezida wa Kenya adasiramuye
Umunyapolitiki Raila Odinga ushaka kuba Perezida wa Kenya, yasubije abamwibasiye bamubwira ko adashobora kuyobora iki gihugu kubera ko ngo adasiramuye. Odinga yibasirwa kenshi na bamwe mu Banyakenya barimo abanyapolitiki bavuga ko adasiramuye bitewe ahanini no kuba akomoka mu bwoko bwa Luo bwamaganira kure iki gikorwa busobanura ko gihabanye nâumuco gakondo. Nko muri Werurwe 2022, umudepite […]
U Budage buzatangira koherereza Ukraine ibifaru hagati mu mwaka utaha
Guverinoma yâu Budage irateganya gutangira koherereza Ukraine ibifaru 20 bya Leopard 2 guhera muri Mata 2023, kugira ngo bizayifashe guhangana nâu Burusiya bwayishojeho intambara muri Gashyantare 2022. Umudepite wo mu Budage, Colonel (Rtd) Roderich Kiesewetter kuri uyu wa 19 Nyakanga 2022, yanditse kuri Twitter ko iki gihugu kizohereza muri Ukraine icyiciro cya mbere cyâibi bifaru […]
Ushinzwe uburezi muri Karongi yaguye mu mpanuka ubwo yari agiye kugenzura ikizamini cya Leta

Uwari umukozi wâakarere ka Karongi ushinzwe uburezi, Hitumukiza Robert, yakoze impanuka mu gitondo cyâuyu wa 20 Nyakanga 2022 yakoze impanuka ubwo yari agiye mu bugenzuzi bwâikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza. Hitumukiza wari utwawe nâumushoferi witwa Nshimiyimana Callixte bakoze impanuka ubwo bari bageze mu mudugudu wa Kirambo, akagari ka Kirambo, mu murenge wa Gitesi. Uyu […]
Ijambo rya Kabund wasabye abaturage kwamagana Tshisekedi ryatambukijwe kuri televiziyo y’igihugu

Ijambo ryâumunyapolitiki Jean-Marc Kabund-A-Kabund wasabye abaturage guhagurukira Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, ryatambukijwe kuri radiyo na televiziyo yâigihugu, RTNC. Tariki ya 18 Nyakanga 2022 ubwo Kabund yatangizaga ku mugaragaro ishyaka ritavuga rumwe nâubutegetsi ryitwa Alliance pour le Changement, yamenyesheje abanyamakuru ko yiyemeje kurwanya Tshisekedi, anasobanura uburyo yicuza kuba yaragize uruhare […]
Amafoto: Uko umupfumu yagerageje gukumira Polisi yashakaga gufata umunyabyaha, bikaba iby’ubusa

Abakozi bâishami rya Polisi ya Kenya rishinzwe ubugenzacyaha, DCI (Directorate of Criminal Investigation) ryataye muri yombi umunyabyaha witwa Miriam Mwelu wiyambaje imbaraga zâubupfumu kugira ngo adafatwa. DCI isobanura ko Mwelu yibye umukoresha we amashilingi miliyoni 4 nâibikomo mu byumweru bitatu bishije, maze aratoroka. Uru rwego rwari rukimushakisha rusobanura ko abakozi barwo kuri uyu wa 19 […]