USA: Minisitiri wâUbutabera yategetse ko hakorwa iperereza ku matora aheruka
Minisitiri wâUbutabera wa Leta Zunze Ubumwe zâAmerika, William Barr, kuri uyu wa 9 Ugushyingo 2020 yategetse ko hakorwa iperereza ku matora yâUmukuru wâIgihugu aherutse kuba. Ni nyuma yâaho Donald Trump watsinzwe na Joe Biden bari bahanganye cyane, amaze kuvuga inshuro nyinshi ko yibwe amajwi muri leta zimwe na zimwe. Minisitiri Barr yategetse abanyamategeko ba leta […]
Rusesabagina yavuze ko umunyamategeko yasigaranye ari muri Tanzania
Paul Rusesabagina ukurikiranweho ibyaha 13 yasubiye imbere y’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa 10 Ugushyingo 2020, asobanura ko umunyamategeko Me Gatera Gashabana yasigaranye, ari muri Tanzania. Yabitangaje mu gusobanura impamvu agomba guhabwa ikindi gihe cyo kujuririra inyongera y’igifungo cy’agateganyo yakatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, bitewe n’uko nta banyamategeko bamwunganira afite. Rusesabagina yasobanuye ko impamvu […]
Ibihano bikakaye ku Murundi uzafatwa yinjiza ibiribwa mu Rwanda cyangwa RDC
Umuyobozi wâIntara ya Cibitoke mu Burundi, Bizoza GarĂȘme, yatangarije abaturage ayoboye ibihano bikakaye ku uzafatwa agerageza kwinjiza ibiribwa mu bihugu bituranyi. Nkâuko bigaragara mu itangazo ryo ku wa 22 Nzeri 2020, uyu muyobozi yavuze ko hafashwe iyi ngamba mu rwego rwo gusigasira umusaruro nâubutunzi bwâintara ya Cibitoke. Ati: âKirazira kikaziririza kwambukana ibiribwa mu bihugu duhana […]
Dr. Mukwege yahishuye ko yifuza indi âRapport Mappingâ

Muganga wamamaye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Dr. Denis Mukwege kuri uyu wa 9 Ugushyingo 2020, yahishuye ko yifuza indi raporo (Rapport Mapping) ivuga ku bibazo byâumutekano muke byaranze igihugu cye. Ni nyuma yâaho mu 2010 hasohotse indi yabanje, yakozwe nâAkanama kâUmuryango wâAbibumbye kâUburenganzira bwa muntu, yavugaga ku byaha byâintambara byakorewe ku butaka […]
Rwamagana: Abantu babiri bishwe na Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda, kuri uyu wa 9 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abagabo babiri b’imyaka 45 y’amavuko bo mu Karere ka Rwamagana bishwe n’icyorezo cya Covid-19. Ni mu gihe abanduye ari 20 barimo 14 babonetse muri Rwamagana, 1 wabonetse mu mujyi wa Kigali, 3 babonetse muri Huye, uwabonetse muri Kayonza, uwabonetse muri Kirehe; mu bipimo […]
Minisitiri Ngamije yatangaje ko Gereza ya Rwamagana yabonetsemo abagororwa 13 banduye Covid-19
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Ngamije Daniel kuri uyu wa 9 Ugushyingo 2020 yatangaje ko Gereza ya Nsinda iherereye mu Karere ka Rwamagana yabonetsemo abarwayi 13 banduye icyorezo cya Covid-19. Mu kiganiro Minisitiri Ngamije yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), yagize ati: “Uyu munsi wa none mu gitondo, twakurikiranye ibiri kubera muri serivisi tuvuriramo abantu baturutse muri za […]
La Haye: Kabuga Félicien aragera mu rukiko bwa mbere muri iki cyumweru
Umucamanza Iain Bonomy uzayobora urubanza rwa Kabuga FĂ©licien ukurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu wa 8 Uguhyingo 2020 yatangaje ko barahurira bwa mbere mu rukiko rw’i La Haye ejo bundi ku wa Gatatu, tariki ya 11. Nkâuko Me Bonomy uri mu bacamanza b’urwego rwa IRMCT rw’Umuryango w’Abibumbye rwasigariyeho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha […]
Huye: Ikamyo yagonganye na Daihatsu ya Nyirangarama, umwe ahita apfa (amafoto)

Hagati ya saa moya nâigice na saa mbiri zâigitondo cyâuyu wa 9 Ugushyingo 2020 mu murenge wa Ruhashya wâAkarere ka Huye, ikamyo ya rukururana yagonganye nâimodoka ya Daihatsu yâuruganda âEntreprise Urwibutsoâ rwa Sina GĂ©rard, umwe ahita apfa. Abari aho impanuka yabereye, bavuga ko impanuka yatewe nâiyi kamyo yaturukaga mu mujyi wa Huye, yagenderaga ku muvuduko […]
Perezida wa Mexique yavuze ko agitegereje ikizava mu matora ya USA mu buryo budasubirwaho
Perezida wa Mexique, Andres Manuel Lopez tariki ya 7 Ugushyingo 2020 yatangaje ko agitegereje ikizava mu matora ya Leta Zunze Ubumwe zâAmerika, mu buryo budasubirwaho, akabona gushimira uwayatsinze. Ni nyuma yâaho byari bimaze kwemezwa ko Joe Biden ari we watsinze, ubwo yari amaze kubona andi majwi 20 yo muri Leta ya Pennsylvania. Ariko kandi Donald […]
Abunganiraga Rusesabagina bakuyemo akarenge, Gen. Muhoozi akozanyaho na Bobi Wine, Biden yegukana amatora y’indyankurye
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 2 Ugushyingo 2020, kirangira ku ya 8 Ugushyingo 2020. Zimwe mu nkuru za politiki n’ubutabera zakiranze ni zo twibandaho muri iki cyegeranyo, hiyongereyeho imikino n’imyidagaduro. Imipaka ihuza u Rwanda na RDC yafunguriwe bamwe Tariki ya 2 Ugushyingo 2020, Guverineri Munyentwari Alphonse wâIntara yâIburengerazuba na Carly Nzanzu Kazivita wâIntara ya Kivu […]
Samuel Eto’o uherutse kugirwa Ambasaderi, yakoze impanuka

Icyamamare mu mupira w’amaguru, Samuel Eto’o yakoze impanuka y’imodoka nyuma y’iminsi mike agizwe Ambasaderi ku rwego mpuzamahanga (Ambassadeur ItinĂ©rant, ambassador-at-large) na Perezida wa Chad, Marshall Idriss Deby. Iyi mpanuka Eto’o wari utwaye imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Prado, yayikoze ubwo yari avuye mu birori, ageze mu gace ka Nkogsamba muri Cameroon, agongwa n’indi modoka […]
Mu turere 7 na Kigali habonetse abanduye Covid-19

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 8 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abantu 9 banduye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 1741, bakaba babonetse mu turere 7 tw’igihugu no mu mu mujyi wa Kigali. Abanduye barimo 1 wabonetse mu mujyi wa Kigali, 1 wabonetse muri Burera, 1 wabonetse muri Kirehe, uwabonetse muri Musanze, 2 babonetse muri […]
Perezida Kagame yiyunze n’abandi Bakuru bâIbihugu mu guha ikaze Biden na Harris
Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa 8 Ugushyingo 2020 yifatanyije nâabandi Bakuru bâIbihugu bitandukanye ku Isi mu guha ikaze Joe Biden waraye yegukanye amatora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe zâAmerika (USA) na Kamala Harris uzamubera Visi Perezida. Ni ubutumwa Umukuru wâIgihugu atanze nyuma yâabandi bayoboye ibihugu bikomeye ku Isi, nâabandi […]
Col. Dr. Besigye yibasiye Perezida Museveni mu mafoto atandatu

Umunyapolitiki utavuga rumwe nâubutegetsi bwa Uganda, Col. Dr. Kizza Besigye yibasiye Perezida Yoweri Museveni mu mafoto atandatu, avuga ko agomba kuva ku butegetsi. Aya mafoto ahurijwe hamwe Dr. Besigye yashyize ku rubuga rwa Twitter, agaragaza Perezida Museveni ari kumwe nâabaperezida batandukanye bayoboye Leta Zunze Ubumwe zâAmerika. Nta byinshi Besigye yayavuzeho keretse kugira ati: âIkibazo cyâAfurikaâŠNi […]
Umukobwa yafunzwe azira gutukira abahungu kuri YouTube
Umuhanzi wo mu Burundi, Kezakimana Divine uzwi nka Queen Diva the Best tariki ya 4 Ugushyingo 2020 yatawe muri yombi na polisi azira gutukira abahungu ku rubuga rwa YouTube. Inkuru zakozwe nâibitangazamakuru bikorera mu Burundi, zavuze ko uyu mukobwa yagiye gufungirwa kuri sitasiyo ya Kamenge iherereye mu mujyi wa Bujumbura. Intandaro yo gufungwa, ni ikiganiro […]
Ijambo Joe Biden watorewe kuyobora USA yavuze ku Rwanda

Umukandida wâishyaka rya Democratic Party, Joe Biden yaraye yegukanye insinzi yo kuyobora Leta Zunze Ubumwe zâAmerika (USA) guhera muri Mutarama 2021. Nyuma yo kumva iyi nkuru nziza kuri Biden, amahanga menshi yagaragaje ubushake bwo kuba inshuti zâuyu musaza wâimyaka 77, mu bya demukarasi. U Rwanda narwo rwaba kimwe mu bihugu byakwifuza ubushuti na we mu […]
Ntabwo ibihekane âNTSâ na âMPFâ bicyemewe mu myandikire yâIkinyarwanda_RALC

Ururimi rugereranwa nâibinyabuzima, aho ruvuka, rugakura cyangwa se rugapfa; byose bikaba bitewe nâabarukoresha. Mu gihe rukura, ni bwo hahangwa amagambo mashya, hakinjizwamo amatirano (emprunts) cyangwa se uburyo rwakoreshwaga, haba mu myandikire, bukagenda buvugururwa. Aha ni ho rugira ibyo rwinjiza nâibyo rutakaza. Ibiba ku zindi ndimi, biba no ku rurimi rwâIkinyarwanda rukoreshwa ahanini nâAbanyarwanda. Amavugurura aheruka […]
Abakomeye ku Isi bateye umugongo Trump, baha ikaze Biden
Nyuma yâiminota mike bimaze kwemezwa ko Joe Biden yegukanye amatora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe zâAmerika (USA), abakomeye ku Isi bahise bamuha ikaze, batera umugongo Donald Trump ucyemeza ko ari we watsinze. Insinzi Biden yayibonye nyuma yo kwegukana amajwi shingiro 20 yo muri Leta ya Pennsylvania, ubwo yari afite 264 aburaho 6 gusa kugira […]
Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 16

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 6 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abantu banduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 16 mu bipimo 1333 byafashwe. Barimo 6 babonetse mu Karere ka Kirehe, 6 muri Nyagatare, 2 muri Rubavu na 2 muri Rusizi.
Ndumva ijwi ry’insinzi, mu izina rya Yesu_Umujyanama wa Trump mu by’umwuka
Umujyanama wa Perezida Donald Trump mu byâumwuka, Pasiteri Paula White kuri uyu wa 5 Uguhyingo 2020 yakoze isengesho, yumvamo ijwi ryemeza ko umukoresha we yegukana amatora yâUmukuru wâIgihugu ahanganyemo na Joe Biden. Muri iri sengesho Pasiteri White yakoreye mu rusengero rwa Christian Destiny Center yavuze ko hari imbaraga za sekibi ziri kurwanya Trump. Ni aho […]
Umu-Rayon Sadate na KNC wa Gasogi mu ntambara yâamagambo
Nyuma yâumukino wa gicuti Gasogi United yatsindiwemo na Gorilla FC ibitego 3 kuri 1 kuri uyu wa 5 Ugushyingo 2020, Munyakazi Sadate wahoze ayobora Rayon Sports yashotoye Kakoza Nkuriza Charles (KNC) uyoboye iyi kipe yatsinzwe, biba intandaro yo guterana amagambo. Ubwo Gasogi United yari imaze gutangariza ku rubuga rwa Twitter ko yatsinzwe na Gorilla FC, […]
Abanyamategeko bunganiraga Rusesabagina bikuye mu rubanza
Abanyamategeko babiri bunganiraga Paul Rusesabagina kuva yatangira kuburana, bavuye mu rubanza rwe, bikaba byamuhaye umukoro wo gushaka abandi. Aba banyamategeko ni Me David Rugaza na Me Emelyne Nyembo bari basanzwe batemerwa nâumuryango wa Rusesabagina uba muri Leta Zunze Ubumwe zâAmerika. Rusesabagina yabitangaje imbere yâUrukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa 6 Ugushyingo 2020, ubwo yari […]
Umugore wo muri Ukraine wafunzwe n’abapolisi ba RDC, yakamejeje
Umugore ukomoka muri Ukraine wafashwe na Polisi ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo ubwo yari amaze gukubitira abana kuri Hotel Pullman iri mu mujyi wa Kinshasa, yakamejeje aho ngo ashobora kurega no kuri Ambasade. Kuri uyu wa 5 Ugushyingo ni bwo uyu mugore yagaragaye akubita inshyi abana babiri ku rwogero (piscine) mu buryo burenze guhana. […]
Dr. Habumuremyi yasabiwe gucibwa ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda hafi miliyari
Ubushinjacyaha kuri uyu wa 6 Ugushyingo 2020 bwasabiye Dr. Pierre Damien Habumuremyi gucibwa ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 892 n’igifungo cy’imyaka itanu, bishingiye ku byaha ashinjwa byo gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu. Ni ubusabe bwatanzwe ubwo Dr. Habumuremyi wayoboraga kaminuza ya Christian University of Rwanda (CHUR), yagezwaga imbere y’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge. Gusa uregwa (Dr. Habumuremyi) […]
Abarundi bibiye ihene ku ruzi rwa Rusizi bakica nâumwana wari uziragiye, bakatiwe
Urukiko Rukuru rwa Cibitoke kuri uyu wa 5 Ugushyingo 2020 rwakatiye abasore babiri bâAbarundi baherutse kwibira ihene 10 ku nkombe zâuruzi rwa Rusizi, bakanica umwana wari uziragiye. Igihano uru rukiko rwabahaye ni igifungo cyâubuzima bwose, nâihazabu yâamafaranga yâAmarundi miliyoni 20 kuri buri umwe, nkâuko Radio Isanganiro yabitangaje, gusa ngo bemeye icyaha ndetse basaba ko bagabanyirizwa […]
Huye-Nyaruguru: Nyuma yo gutakamba kwâabagenzi, ibiciro byâingendo byamanuwe

Hashize iminsi abagenzi bakoresha umuhanda wa Huye-Nyaruguru bashinja ba nyirâibigo bishinzwe kubatwara mu modoka kwirengagiza ibiciro bishya byashyizweho nâUrwego rwâIgihugu Ngenzuramikorere (RURA), bakishyiriraho ibyabo bihanitse. Ni ikibazo cyagaragajwe nâabagenzi bava i Huye bajya i Ndago, abajya i Kibeho nâabajya ku Munini, aho byagaragaye ko bahendwaho amafaranga yâu Rwanda arenga 440. Mu biciro bishya RURA yari […]
Ibyo TB Joshua aherutse guhanura ku matora ya USA bisa nâibiri kuba
Umuhanuzi wamamaye wo muri Nigeria, Temitope Bolagun Joshua (TB Joshua) tariki ya 1 Uguhyingo 2020 yahanuye ibishobora kuzakurikira amatora yâUmukuru wâIgihugu cya Leta Zunze Ubumwe zâAmerika, yaburaga umunsi umwe ngo abe. Ibyo uyu muhanuzi yavuze icyo gihe, bisa nâibiri kuba muri iki gihe cyose hategerejwe uzegukana insinzi yâaya matora; hagati ya Donald Trump uhagarariye ishyaka […]
Rwanda: Umukecuru w’imyaka 73 yishwe na Covid-19

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 5 Ugushyingo 2020 yatangaje ko umukecuru w’imyaka 73 yishwe na Covid-19, aba uwa 36 iki cyorezo cyiciye muri iki gihugu. Ni mu gihe abanduye uyu munsi ari 18 barimo 1 w’i Kigali, 2 b’i Gatsibo, 3 b’i Nyagatare na 12 bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi muri Nyamagabe; mu […]
Akarasisi kadasanzwe ku irahira rya Perezida Magufuli_Amafoto

Kuri uyu wa 5 Ugushyingo 2020, Dr. John Pombe Magufuli uherutse kwegukana insinzi mu matora yâUmukuru wâIgihugu, yarahiriye kuyobora manda ya kabiri. Muri Sitade ya Dodoma umuhango wabereyemo, habereye ibikorwa bitandukanye birimo akarasisi kadasanzwe kâabakomando bâimbaraga bo mu gisirikare cya Tanzania. Nkâuko bigaragara mu mafoto, aba basirikare bahetse mu mugongo ibikapu bisa nâibiremereye, biri mu […]
Umuhanzi Kidum Kibido yasobanuye icyatumye ahabwa iri zina
Umuhanzi ukomoka mu Burundi, Jean Pierre Nimbona wamamaye nka Kidum Kibido, yasobanuye impamvu yahawe iri zina bamwe bafata nkâirisekeje. Ni mu kiganiro yagiranaga nâigitangazamakuru Jimbere Magazine, agisobanurira byinshi ku buzima bwe. Nimbona yatangiye asobanura impamvu yitwa Kidum, izina yahawe nâababyeyi akimara kuvuka. Yasobanuye mu magambo make ati: “Njyewe niswe Kidumu kubera ko navutse ndi umu […]
OIF yakuriyeho u Burundi ibihano
Umuryango mpuzamahanga uhuza ibihugu bikoresha ururimi rwâIgifaransa, OIF, kuri uyu wa 4 Ugushyingo 2020 wakuriyeho Repubulika yâu Burundi ibihano wari warayifatiye mu 2016. Ni umwanzuro wafatiwe mu nama yâ112 yâAkanama gahoraho kâuyu muryango yabaye kuri uwo munsi, yari iyobowe nâUmunyamabanga Mukuru wâuyu muryango, Louise Mushikiwabo. Impamvu yari yaratumye OIF ifatira u Burundi ibihano, ni ibibazo […]
Umuvunyi yahishuye impamvu gufata âIbifi Bininiâ birya ruswa bigorana cyane
Mu cyumweru gishize ubwo Umuvunyi Mukuru, Anastase Murekerezi yari imbere yâInteko Ishinga Amategeko, imitwe yombi, yahishuye byinshi bituma gufata Ibifi Binini (abakomeye) birya ruswa, bikananyereza umutungo wa leta, biba ingorabahizi. Ni nyuma yâibibazo bimaze igihe kirekire byibazwa ku Rwego rwâUmuvunyi nâizindi nzego zishinzwe gukurikirana abakekwaho ibyaha bya ruswa, aho zikunze gufata abakurikiranweho ruswa zâamafaranga make […]
Ndi Perezida, mbarusha inzu nziza_Donald Trump mu bwishyongozi
Mu gihe hagitegerejwe uwegukana amatora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe zâAmerika, amakuru menshi akomeje kuvugwa kuri Donald Trump na Joe Biden bahanganye, ibyo batangaje mu bihe bitandukanye nabyo bigashyirwa hanze. Igitangazamakuru Russian Times cyashyize videwo hanze igaragaza Perezida akaba n’umuherwe, Donald Trump yishyongora ku bo bahanganye, aho avuga ko abarusha byose birimo kuba ari […]
Uwakoze iperereza ku iraswa ryâuwabaye Minisitiri mu Rwanda, yapfuye

Umuhanga wâUmunyakenya Benson Gichuki Nduguga wakoze ikizamini ku iraswa ryâUmunyarwanda wabaye Minisitiri wâu Rwanda, yapfuye tarikiya 29 Ukwakira 2020. Igitangazamakuru Kenyans cyo muri Kenya cyatangaje aya makuru, kivuga ko umuryango wâuyu musaza wari ufite imyaka 72 yâamavuko ari wo wabyemeje, gusa ntabwo cyatangaje icyamwishe. Benson Gichuki Nduguga yari inzobere mu gukora ibizamini nk’ibi Uyu Munyarwanda […]
Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 12

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 4 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abantu banduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 12 mu bipimo 980 byafashwe. Barimo 5 babonetse mu mujyi wa Kigali na 7 babonetse mu nkambi y’impunzi mu Karere ka Kirehe.
Byinshi ku ndege ya MiG-35 yakozwe nâAbarusiya_Amafoto

Indege yâintambara ya MiG-35 yakozwe nâikigo cya Mikoyan cyo mu Burusiya, kugira ngo ijye irwana nâumwanzi; yaba ari mu kirere cyangwa se ku butaka. Yaturutse ku gitekerezo cyo kuvugurura indege nka MiG-29M/M2 na MiG-29K/KUB zayibanjirije. Igerageza rya mbere ryâiyi ndege ryabaye mu 2005, nyuma muri uwo mwaka iza kwerekanwa mu gikorwa cyo kumurika indege mu […]
Rubavu: Mudugudu Maliamu ushinjwa gukomeretsa umukecuru mu mutwe yafunzwe
Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB) rwafunze Umuyobozi wâUmudugudu wâUmunezero, mu Murenge wa Gisenyi wâAkarere ka Rubavu, Mutiragwa Marie Chantal (azwi nka Maliamu) nyuma yo kumenyakana kwâamakuru amushinja gukubita umukecuru, akamukomeretsa mu mutwe. Icyaha RIB imukurikiranyeho ni icyo gukubita no gukomeretsa. Ejo ku wa 3 Ugushyingo 2020 ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye ifoto igaragaza umukecuru wâimvi […]
Umuherwe wâi Goma yishwe arashwe
Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2020, umuherwe uzwi mu mujyi wa Goma muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) witwa Simba Ngezayo yishwe arashwe nâamabandi yari kuri moto. Byabaye ubwo Ngezayo yatahaga mu rugo, yari avuye kujyana umwana we ku ishuri. Aya mabandi atatu yaramutangiriye, umwe muri yo amurasa mu mutwe, arangije arahunga. Nyuma yo […]
Bari kugerageza kwiba amatora_Donald Trump

Ubu umunota ku wundi, muri leta zitandukanye za Leta Zunze Ubumwe zâAmerika, baragenda batangaza uko amatora yâUmukuru wâIgihugu yo kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2020 yagenze. Nkâuko amakuru mashya yâIbiro Ntaramakuru byâAbanyamerika (Associated Press) abigaragaza, Joe Biden uhagarariye ishyaka rya Democratic Party aragenda arusha insinzi Donald Trump uhagarariye Republican Party muri leta nyinshi. Amakuru mashya […]
Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 7

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abantu banduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 7 mu bipimo 1604 byafashwe. Barimo 2 babonetse mu mujyi wa Kigali, 4 babonetse muri Nyagatare n’undi wabonetse muri Rusizi.
Shaddyboo yigize Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya ba Slayqueens

Umunyarwandakazi wamenyekaniye ku gukoresha imbuga nkoranyambaga cyane, Mbabazi Shadia uzwi nka Shaddyboo, yibona nka Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’abitwa ‘Slayqueens’. Uyu mubyeyi yabitangarije ubwo hari hamaze gukorwa ikipe yiswe iy’igihugu y’Abanyarwandakazi ba Slayqueens 11 babanza mu kibuga. Nk’uko bigaragara muri iyi kipe, Shaddyboo bamwe bita Umwamikazi wa Instagram, agaragara ku mwanya wa rutahizamu, ukunze guhabwa abambara […]
Umugore wa Tshisekedi yasuye Ne Muanda umushinja kuba Umunyarwandakazi_Amafoto

Umugore wa Perezida FĂ©lix Tshisekedi wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Denise Nyakeru, tariki ya 31 Ukwakira 2020 yasuye Zacharie Badiengila uzwi nka Ne Muanda Nsemi umushinja kuba Umunyarwandakazi. Nkâuko Denise Nyakeru yabitangarije ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 2 Ugushyingo 2020, icyamujyanye kureba Ne Muanda ni ukugira ngo baganire ku makuru ye no […]
Amafoto ya Perezida Ndayishimiye uri i Malabo mu ruzinduko rw’akazi

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye kuri uyu wa 2 Ugushyingo 2020 yageze mu murwa mukuru wa GuinĂ©e Equatoriale, Malabo, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itanu. Ari kumwe n’umugore we, Angeline Ndayishimiye, bakiriwe na Perezida wa GuinĂ©e Equatoriale, Teodoro Obiang Nguema Mbasogo n’umugore we, Constancia Mangue, ku kibuga cy’indege cya Malabo. Amafoto ya Perezida Ndayishimiye […]
Mutangana wafunzwe mu cyumweru gishize, yafunguwe
Mutangana Jean Bosco (wabaye Umushinjacyaha Mukuru), uherutse gufungwa mu cyumweru gishize akurikiranweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, yarekuwe. Aya ni amakuru dukesha igitangazamakuru Igihe, cyatangaje kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2020 kivuga ko yizewe. Byamenyekanye ko Mutangana yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) tariki ya 26 Ukwakira 2020 nk’uko Umuvugizi w’uru rwego w’umusigiri, Dr. […]
Umunyemari Nkubiri ukurikiranweho guhombya leta za miliyari, ararembye
Umunyemari Nkubiri Alfred ukurikiranweho guhombya leta yâu Rwanda miliyari zirenga ebyiri muri gahunda yo guha abahinzi ifumbire, ararembye. Amakuru dukesha Umuseke avuga ko Nkubiri wari ufungiwe muri Gereza ya Mageragere iherereye mu Karere ka Nyarugenge, yarembye, aza koherezwa mu bitaro bya Kigali (CHUK) igitaraganya. Muri ibyo bitaro, ngo ni ho Nkubiri akirwariye. Hari amakuru yaramutse […]
Ntabwo Yezu yemeye ko mfa kuko ntarasoza ubutumwa bwe_Padiri Ubald
Padiri Ubald Rugirangoga wari umaze iminsi arembejwe nâicyorezo cya Covid-19 yavuze ko Yezu atemeye ko apfa, kuko atarasoza ubutumwa. Ibi yabibwiye Katsey Long wasigaye ahagarariye ibikorwa bye muri Leta Zunze Ubumwe zâAmerika, nkâuko Barbara Heil ukorana bya hafi na Padiri Ubald yabitangaje mu rukerera rwâuyu wa 3 Ugushyingo 2020. Barbara Heil yavuze ko Padiri Ubald […]
Abayobozi batatu muri REB barimo Dr. Ndayambaje bahagaritswe by’agateganyo
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe bimaze gutangaza ko byahagaritse by’agateganyo abayobozi batatu b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi mu Rwanda (REB), bazira kunanirwa gukurikirana no guhuza ishyirwa mu myanya y’abarimu uko bikwiye. Aba barimo Umuyobozi Mukuru wa REB, Dr. Ndayambaje IrenĂ©e, Tumusiime Angelique umwungirije na Ngoga James ushinzwe imicungire y’umwarimu muri REB. Itangazo ry’ibi biro rigira […]
Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 9

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 2 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abantu banduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 9 mu bipimo 1310 byafashwe. Barimo 2 babonetse mu mujyi wa Kigali, 4 babonetse muri Kirehe, 2 babonetse muri Musanze nâundi wabonetse mu Karere ka Nyagatare.
Abagabo batatu umugore yaba yarashutse bakica mugenzi we, bafashwe
Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa 2 Ugushyingo rumaze gutangaza ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kwica Nyiramfakaramye Virginie, bashutswe na mugenzi we witwa Uwimana Alphonsine. Intandaro yâurupfu rwa Nyiramfakaje wiciwe mu Kagari ka Gatovu, Umurenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi tariki ya 28 Ukwakira 2020, ikekwa ko ari amakimbirane yo mu […]
Ni ukubera iki Abanyarwanda bashishikazwa nâamatora ya USA?

Leta Zunze Ubumwe zâAmerika ziteguye gutora Umukuru wâIgihugu kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2020, witezwe kuva hagati ya Donald Trump uhagarariye ishyaka rya Repubulikani (Republican Party) na Joe Biden uhagarariye Demokarate (Democratic Party). Aya matora Isi yose iyahanze amaso, harimo imbaga nyamwinshi yâAbanyarwanda ishishikajwe no kumenya uzatsinda hagati yâaba basaza bombi. Si nâinshuro ya mbere […]
Huye-Nyaruguru: Ba nyirâimodoka zitwara abagenzi birengagije ibiciro bya RURA

Abagenzi bakoresha umuhanda uva mu Karere ka Huye, bajya mu duce twa Kibeho, Ndago na Munini mu Karere ka Nyaruguru barataka gucibwa amafaranga menshi mu modoka za rusange, hirengagijwe ibiciro bishya byâUrwego rwâIgihugu Ngenzuramikorere (RURA). Itangazo RURA yashyize ahagaragara tariki ya 21 Ukwakira 2020, rivuga ko ku ngendo zo mu bice byâigihugu bitandukanye bitarimo Kigali, […]
Perezida Ndayishimiye aragirira urundi ruzinduko mu mahanga
Ibiro byâUmukuru wâIgihugu cyâu Burundi byatangaje ko Perezida Evariste Ndayishimiye nâumugore we, Angeline Ndayubaha bagirira uruzinduko muri GuinĂ©e Equatoriale kuri uyu wa 2 Ugushyingo 2020. Nkâuko itangazo ryâibi biro ribivuga, Perezida Ndayishimiye nâumufasha we baramara iminsi itanu muri iki gihugu, aho Abakuru bâIbihugu byombi bazaba biga ku buryo bakomeza umubano usanzwe ari mwiza. Uru ni […]
Inkuru zihariye zaranze icyumweru gishize
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 26 Ukwakira 2020, kirangira tariki ya 1 Ugushyingo 2020 ubwo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yifurizaga amahirwe Musenyeri Antoine Kambanda wari umaze icyumweru agizwe Karidinali wa mbere mu mateka y’igihugu, anamwizeza imikoranire. Izindi nkuru: Hamenyekanye uko uturere twitwaye mu kwesa imihigo Tariki ya 30 Ukwakira 2020 mu Karere ka Nyagatare […]
Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 9

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 1 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abantu banduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 9 mu bipimo 1443 byafashwe. Barimo 3 babonetse mu mujyi wa Kigali, 5 babonetse muri Nyagatare nâundi wabonetse mu Karere ka Rubavu.
Menya byinshi kuri kajugujugu ya AH-64 Apache, yaremewe kugaba ibitero_Amafoto

Kajugujugu ya AH-64 Apache yakozwe nâibigo byo muri Leta Zunze Ubumwe zâAmerika byifatanyije, birimo Boeing Defense, Hughes Helicopters, McDonell Douglas na Space & Security, ikaba yararemewe kugaba ibitero. Iyi ni indege igezweho yavuye mu ivugururwa ryâizindi zayibanjirije guhera mu 1975 ubwo hakorwaga kajugujugu ya YAH-64, yagurutse bwa mbere mu kirere tariki ya 30 Nzeri muri […]
Umunyabuzima ashinjwa kubeshya abayobozi ko banduye Covid-19 ubwo Museveni yari yabasuye
Umuyobozi ushinzwe ubuzima ku rwego rwâAkarere ka Arua muri Uganda, Paul Bishop Drileba, ari ku gitutu ashinjwa guha abayobozi ibyavuye mu bipimo bigaraza ko banduye icyorezo cya Covid-19 ubwo Perezida Museveni yagiriraga uruzinduko muri aka Karere, bamwe muri bo bagasanga bataranduye. Mu ruzinduko rwâiminsi itanu Museveni yari afite muri Arua mu cyumweru gishize, abagombaga kwitabira […]
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Musenyeri Kambanda uherutse kuba Karidinali
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa 1 Ugushyingo 2020 yageneye ubutumwa Musenyeri Antoine Kambanda uherutse kugirwa Karidinali wa mbere mu mateka y’igihugu. Perezida Kagame yagize ati: “U Rwanda rutewe ishema kandi rushimishijwe n’ubutumwa bushya wahawe n’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Nyirubutungane Papa Francisko, wakugize Karidinali. Mu izina ryanjye bwite, no […]
Burundi: Pasiteri Mbayahaga agereranya Imana nâigikona
Pasiteri Isidore Mbayahaga mu ijambo aherutse kugeza ku bayoboke nâishyaka CNDD-FDD mu ngoro yayo, yagereranyije Imana nâigikona. Yagize ati: âYesu ashimwe cyane! Usomye muri Yeremiya 48:40-42 harerekana neza Imana ko hari igihe yivuga ko ari inkona (igikona), ikavuga yuko abahizi bayo ihora ihanisha abantu bishyize hejuru bakayisuzuguza [âŠ]. Iri jambo rero niba utararimenya, wowe nkayo, […]
Joseph Kabila abona abashaka ko yitandukanya na Tshisekedi birengagiza
Umwuka mubi ukomeje kuzamurwa na bamwe mu mahuriro mpuzamashyaka ya FCC na CACH yasinye amasezerano yâimikoranire cyane mu gusaranganya imyanya yâubuyobozi, ahanini bitewe nâibyemezo byagiye bifatwa na Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ntibivugweho rimwe. Uyu mwuka ushyira igitutu kuri Joseph Kabila ufata nkâumuyobozi wâicyubahiro wa FCC kuko ari we wasinye amasezerano nâUmukuru wâIgihugu, […]
Ijambo rya Jeannette Kagame ku bashaka gusenya ubunyarwanda
Mu ihuriro ryâUmuryango Unity Club Intwararumuri ryabaye kuri uyu wa 31 Ukwakira 2020, ryibanze ku gaciro kâUbunyarwanda, Jeannette Kagame yavuze bashaka gusenya ubunyarwanda babitewe nâimpamvu zitandukanye. Ni ihuriro ngarukamwaka ribaye ku nshuro ya 13 ryari rifite insanganyamatsiko igira iti: âNdi Umunyarwanda: Igitekerezo-ngenga cyâukubaho kwacu.â Jeannette Kagame muri ubu butumwa yageneye abitabiriye iri huriro, yagize ati: […]