Nyuma yo gufungurwa, Bobi Wine yagiye gusenga

Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) wiyamamariza kuba Umukuru w’Igihugu cya Uganda, kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2020 yitabiriye amasengesho, nyuma y’iminsi 2 afunguwe. Bobi Wine wari kumwe n’umugore we Barbara Bobi Itungo, bagaragaye muri kiliziya Katedarali ya Rubaga iherereye mu mujyi wa Kampala. Ifungwa ry’uyu munyapolitiki akaba n’umuhanzi ryabaye tariki ya 18 Ugushyingo 2020, mu […]

Intambara ya Ethiopia-TPLF; ishobora kuba icyasha kuri Abiy wahawe igihembo cya Nobel

Intambara irarimbanyije muri Ethiopia, hagati ya leta n’abarwanyi b’umutwe wa TPLF (Tigray People’s Liberation Front) baharanira ubwigenge bw’agace ka Tigray. Intandaro y’iyi ntambara ni igitero cy’ubushotoranyi aba barwanyi ba TPLF bagabye ku birindiro by’ingabo za Ethiopia tariki ya 4 Ugushyingo 2020, ikaba kandi ijambo rya Minisitiri w’Intebe, Abiy Ahmed yavuze uwo munsi, ategeka ingabo z’igihugu […]

RYAF yemeye ikosa yakoze mu gutanga amanota ku bakoze ibizamini by’akazi

Ihuriro nyarwanda ry’urubyiruko rukora ubuhinzi n’ubworozi (RYAF) kuri uyu wa 21 Ugushyingo 2020 ryemeye amakosa ryakoze mu gutanga amanota ku bakoze ibizamini by’akazi. Ni nyuma y’aho RYAF ishyiriye hanze urutonde rugaragaza uko aba bakandida bagize amanota mu turere dutandukanye tw’igihugu, rugakwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga, bitewe n’amakosa arimo. Kuri uru rutonde, umukandida wakoreye ikizamini mu […]

Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 14

ensctc-xeaefw8-.png

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 20 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abandi bantu 14 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 4140 byafashwe. Abanduye barimo 7 babonetse muri Kigali, 3 babonetse muri Nyamasheke, 3 babonetse muri Nyagatare, uwabonetse i Rusizi n’undi wabonetse i Musanze.

Umugabo avuga ko akubitwa n’umugore we umwita ‘ikirumbo’ yifatanyije n’abana

Umugabo witwa Sindikubwabo Barnabe utuye mu Mudugudu wa Gaseke, Akagari ka Munanira II mu Murenge wa Kimisagara w’Akarere ka Nyarugenge, arasaba kurenganurwa kuko ngo “umugore n’abana be bamaze igihe kini bamukubita.” Ni mu gihe umugore we umwita ‘ikirumbo’ na we amushinja kubuza urugo umutekano. Mu kiganiro yagiranye na Bwiza TV, Sindikubwabo yavuze ko we n’umugore […]

Ikindi cyiciro cy’impunzi zaturutse muri Libya cyageze mu Rwanda (amafoto)

ennss5zw4ai2ouo.jpg

Mu ijoro ry’uyu wa 19 Ugushyingo 2020, u Rwanda rwakiriye icyiciro cya kane cy’impunzi n’abasaba ubuhungiro 79 bari baraheze muri Libya. Nyuma yo kugera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe, babanje kujyanwa mu kato mu mahoteli mu gihe bategereje gupimwa icyorezo cya Covid-19. Minisiteri y’Ubutabazi mu Rwanda ifite impunzi mu nshingano, yatangaje ko […]

Abandi bantu 29 bagaragayeho Covid-19 mu Rwanda

enngmvqxmai4jcp.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 19 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abandi bantu 29 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 2709 byafashwe. Abanduye barimo 3 babonetse muri Kigali, 10 babonetse muri Bugesera, 11 babonetse muri Nyanza, 4 babonetse muri Rubavu n’undi wabonetse i Musanze.

Ikiganiro na Harrison Mutabazi ku cyumweru cy’ubucamanza kigiye gutangira

Umuvugizi w’Inkiko z’u Rwanda, Harrison Mutabazi yavuze byinshi ku cyumweru cy’ubucamanza kigiye gutangira n’ibyagezweho mu rwego rw’ubutabera, mu gihe habura igihe gito ngo umwaka w’2020 urangire. Mu kiganiro yagiranye na Bwiza TV kuri uyu wa 19 Ugushyingo 2020, Harrison Mutabazi yasobanuye uburyo “Icyumweru cy’Ubucamanza” ari kimwe mu ntambwe nini zatewe mu iterambere ry’urwego rw’ubutabera, aho […]

Trump yemeza ko habazwe amajwi y’abantu barenga 20,000 bapfuye mbere y’amatora

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump akomeje gushimangira ko yibwe mu matora, ubu akaba yemeje ko hari amajwi y’abantu 20,000 yabazwe muri Leta ya Pennsylvania kandi abo yitiriwe barapfuye mbere y’uko amatora aba. Ibyavuye muri leta zitandukanye kuri aya matora yabaye tariki ya 3 Ugushyingo 2020, byerekanye ko Joe Biden wari uhanganye na […]

Amajyepfo: Abanyeshuri 26 banduye Covid-19, abandi 28 bagaragaza ibimenyetso

Nyuma y’igikorwa cyo gupima Covid-19 cyatangijwe mu bigo by’amashuri bitandukanye mu Ntara y’Amajyepfo kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2020, byagaragaye ko abanyeshuri 26 banduye iki cyorezo mu gihe abandi bagera kuri 28 bagaragaje ibimenyetso. Ibigo byagaragayemo abanyeshuri banduye birimo Urwunge rw’Amashuri rwa Mugombwa mu Karere ka Gisagara rwagaragayemo 9 n’abandi 4 bafite ibimenyetso, muri 40 […]

Polisi y’u Rwanda irashaka uwataye amafaranga

Polisi y’u Rwanda imaze gutangaza ko ishakisha umuntu waba yarataye amafaranga tariki ya 12 Ugushyingo 2020 mu muhanda uva kuri Kigali Convention Center werekeza i Remera. Itangazo rya Polisi ryatambutse ku rubuga rwa Twitter rivuga ko kuri iyo tariki, umupolisi wari ku kazi ari we watoraguye aya mafaranga, hagati ya saa tatu n’iminota 30 na […]

Ingabo za Israël zakubise ahababaza Iran

ied_2_israel-defense_forces.jpg

Mu rukerera rwo kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2020, ingabo za IsraĂ«l zagabye igitero cy’indege cyasenye ahantu umunani hagenzurwa n’ingabo za Iran hafi y’umurwa Damascus muri Syria, mu rwego rwo kwihorera. Nk’uko byemejwe n’ibiro by’ingabo za IsraĂ«l, aharashwe harimo ububiko bw’intwaro n’ibirindiro bitandukanye by’umutwe wa Quds w’ingabo za Iran n’iza Syria. Ingabo za IsraĂ«l zigabye […]

Abakandida 3 bahagaritse ibikorwa byo kwiyamamaza kugeza Bobi Wine afunguwe

katumba.jpg

Abakandida batatu bashaka kuyobora Uganda batangaje ko bahagaritse ibikorwa byo kwiyamamaza kugeza ubwo mugenzi wabo, Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine araba afunguwe. Mu gitondo cy’ejo ku wa 18 Ugushyingo 2020 ni bwo Bobi Wine yaterewe muri yombi mu Karere ka Luuka gaherereye mu burasirazuba bwa Uganda, akaba yaraziraga guhuriza hamwe abantu benshi mu […]

Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 36

enisnecweamvuqy-1.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abandi bantu 36 banduye icyorezo cya Covid-19, mu bipimo 2392 byafashwe. Abanduye barimo 7 babonetse muri Kigali, 9 muri Gisagara, 1 muri Karongi, 17 muri Nyamagabe na 2 muri Rubavu.

Huye: Babiri bakurikiranweho kwiba ibikoresho by’ishuri birimo mudasobwa 18

img-20201118-wa0047.jpg

Uwiragiye Pacifique wari umucungamutungo mu ishuri rya EcĂŽle Regina Pacis de Tumba riherereye mu Karere ka Huye na Nsabimana Jean Baptiste wigishagamo, bafunzwe bakurikiranweho kwiba ibikoresho birimo mudasobwa (monitors) 18. Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, aho yavuze ko aba bagabo bombi batawe muri yombi tariki ya 29 Ukwakira […]

Imyigaragambyo ikomeye nyuma y’itabwa muri yombi rya Bobi Wine (Amafoto)

engkdugw8ae6jff.jpg

Nyuma y’itabwa muri yombi rya Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) uri kwiyamamariza kuba Umukuru w’Igihugu wa Uganda, abayoboke b’ishyaka ahagarariye rya National Unity Platform bakoze imyigaragambyo mu bice bitandukanye by’igihugu. Abapolisi bo muri Uganda batereye muri yombi Bobi Wine mu Karere ka Luuka mu gitondo cy’uyu wa 18 Ugushyingo 2020, ubwo yari mu gikorwa cyo […]

Cameroon: Umunyarwanda yegukanye agace ka mbere ka GP Chantal Biya (Amafoto)

eng0hlexuai92tl.jpg

Umunyarwanda Mugisha MoĂŻse yegukanye agace ka mbere k’irushanwa ry’amagare rya Grand Prix Chantal Biya riri kubera muri Cameroon. Aka gace ko kuzenguruka umujyi wa Douala kari kagizwe n’ibilometero 95.9. Abakinnyi bagatangiye saa yine ku masaha yo mu Rwanda. Mugisha MoĂŻse wegukanye aka gace ari mu bagize ikipe y’u Rwanda (Team Rwanda). Uko basiganwe n’ibihe bakoresheje […]

Diamond ari hafi gusohora indirimbo yakoranye n’umukobwa we

diamond8.jpg

Umuhanzi Diamond Platinumz wo muri Tanzania ari hafi gushyira ahagaragara indirimbo yafatanyije n’umukobwa we w’imyaka itanu y’amavuko, Latifah Dangote (Princess Tiffah). Iby’iyi ndirimbo, Diamond yabitangaje ubwo yashyiraga ku rubuga rwe videwo ya Tiffah ugaragara ari muri sitidiyo (studio) yambaye ‘ecouteurs’ nini, we amwifatira amajwi aho yumvikana asubiramo ijambo ‘Sitaki’ bijyanye n’ingoma (beat) yumvukinamo. Sitaki ni […]

Ubuhamya bwa Pasiteri Nick umaze imyaka 37 nta maguru n’amaboko afite (+amafoto)

ns1las-new-044_lastoriesep044fordigital38898981124jpeg.jpg

Nicholas James Vujicic (Nick) ni umugabo w’imyaka 37 y’amavuko ubwiriza ubutumwa bw’iyobokamana, ukomoka muri Australia ariko akaba aba muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Yavutse atagira amaboko n’amaguru, ubu ahamya ko ameze neza ndetse ni icyitegererezo cya benshi ku Isi, kuko atumirwa mu buganiro bitandukanye kugira ngo atange ubuhamya bwubaka rubanda. Nick imbere y’imbaga nyamwinshi, imuteze […]

U Rwanda rugiye kwakira izindi mpunzi ziba muri Libya

Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ubutabazi, yatangaje ko kuri uyu wa 19 Ugushyingo 2020, iki gihugu kigiye kwakira izindi mpunzi ziraturuka muri Libya. Nk’uko Umuvugizi w’iyi Minisiteri, Claude Twishime yabihamirije The New Times, izi mpunzi zibarirwa hagati ya 80 n’100, zizakirirwa mu nkambi ya Gashora iri mu Karere ka Bugesera. Izi mpunzi kandi zizasimbura […]

Hon. Bamporiki yavuze ko atagaya Amavubi yanganyije na Cap-Vert

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon. Bamporiki Edouard kuri uyu wa 17 Ugushyingo 2020 yavuze ko atagaye ikipe y’igihugu (Amavubi) yanganyije na Cap-Vert ubusa ku bundi (0-0). Ni mu gihe bamwe mu bakunzi b’iyi kipe binubiye cyane imyitwarire y’abakinnyi cyane cyane abataha izamu batabashije kwinjiza igitego na kimwe mu mikino irenga itatu baheruka […]

Umusaza w’imyaka 78 yishwe na Covid-19

endof-rvkaa5ot4.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 17 Ugushyingo 2020 yatangaje ko umusaza w’imyaka w’imyaka 78 y’amavuko yishwe n’icyorezo cya Covid-19, mu gihe abanduye ari 16 mu bipimo 3051 byafashwe. Abanduye barimo 3 babonetse muri Kigali, 2 muri Kirehe, 1 muri Muhanga, 3 muri Nyagatare, 4 muri Rubavu, 2 muri Rusizi n’undi muri Rwamagana.

Abagororwa bararindwa bate icyorezo cya Covid-19 cyugarije amagereza?

Mu minsi 8 gusa, gereza eshatu zo mu Rwanda zirimo iya Rwamagana, Nyarugenge na Muhanga, zimaze kubonekamo imfungwa n’abagororwa 192 banduye icyorezo cya Covid-19, mu gihe hari harafashwe ingamba zikakaye kugira ngo kitazabasha kwinjiramo; ariko byabaye iby’ubusa. Mu ngamba zari zafashwe muri Werurwe 2020, harimo kutemerera abagize imiryango y’abagororwa kubasura, abagiye gufungirwa mu magereza bakazajya […]

Ethiopia: Impande zishyamiranye zahakanye ibyo kungwa na Museveni

Impande ziri mu ntambara muri Ethiopia (ingabo z’igihugu n’abarwanyi ba Tigray People’s Liberation Front (TPLF) baharanira ubwigenge bw’agace ka Tigray) zahakanye amakuru yemejwe n’abayobozi bo muri Uganda avuga ko Perezida Museveni agiye kuzunga. Aya makuru Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) n’ibindi bitangazamakuru byo muri Uganda nka Chimp Reports byavugaga ko byakuye ku bantu bakomeye kandi bizewe, […]

Gereza ya Mageragere yabonetsemo abandi bagororwa 31 banduye Covid-19

em-feacweaen4jk.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2020 yatangaje ko Gereza ya Mageragere iherereye mu Karere ka Nyarugenge yabonetsemo abandi bagororwa 31 banduye Covid-19. Ni mu gihe mu gihugu cyose habonetsemo abanduye 36 barimo aba ngaba babonetse mu bapimwe muri iyi gereza, uwo muri Kirehe, uwo muri Nyagatare n’abandi 3 muri Rusizi. Kuva […]

RDC: Icyamamare cyafunzwe kizira indirimbo ivuga ku munyeshuri na mwarimu

Umuhanzikazi wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Elizabeth Tshala Muana yafunzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Iperereza (ANR) azira indirimbo yakoze ibara inkuru y’umunyeshuri mwarimu yafashije kwimuka ataratsinze ikizamini na kimwe, we akamwitura kumuhemukira. Iyi ndirimbo yayise ‘Ingratitude’. Agace kayo kakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga kibazwaho, ku buryo kajyanishijwe n’umwuka mubi uri muri politiki ya RDC. Indirimbo ivuga […]

Umuherwe yapfuye yari amaze icyumweru yiguriye isanduku (Amafoto)

115322108_dbnl2ipxcaakrkw.jpg

Uwari umuherwe wo muri Zimbabwe, Genius Kadungure wamenyekaniye ku izina rya Ginimbi, tariki ya 8 Ugushyingo 2020 yapfiriye mu mpanuka y’imodoka, nyuma y’icyumweru kimwe yiguriye isanduku. Ginimbi wari waritangarije ko yiguriye isanduku, ntavuge icyo ayiguriye, hashize icyumweru ajya mu birori byo kwizihiza isabukuru y’amavuko y’inshuti ye yitwa Michelle Moani Amuli. Yari umuherwe wamamaye iwabo Iyi […]

RCS yavuze ko itazi uko Covid-19 yinjiye mu magereza

Komiseri Mukuru w’Urwego Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa mu Rwanda (RCS), CGP George Rwigamba aherutse gutangaza ko atazi uburyo icyorezo cya Covid-19 cyinjiye mu magereza. GGP Rwigamba yabitangarije ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (RBA) tariki ya 12 Ugushyingo 2020, ubwo mu minsi itatu yari ishize, mu magereza ya Rwamagana na Nyarugenge hari hamaze kubonekamo abantu 40 banduye iki cyorezo. […]

Byinshi ku ndege ya ‘CL605’ bivugwa ko yagejeje Rusesabagina mu Rwanda ubwo yafatwaga

challenger-605.jpg

Nk’uko byagiye bisohoka mu bitangazamakuru bitandukanye, Paul Rusesabagina wari mu barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda yavuye i Dubai ku kibuga cy’indege cya Al Maktoum tariki ya 28 Kanama 2020, agera ku kibuga cy’indege cya Kigali tariki ya 29 ubwo yisangaga azengurutswe n’abasirikare. Indege ivugwa ko yazanye uyu musaza w’imyaka 66 y’amavuko ni bwite (private jet) yo […]

Perezida wa Peru yeguye nyuma y’iminsi itanu agiye ku butegetsi

Perezida w’inzibacyuho wa Peru, Manuel Merino kuri uyu wa 15 Ugushyingo 2020 yeguye ku butegetsi yari amazeho iminsi itanu, bitewe n’imyigaragambyo abaturage bamazemo icyumweru. Nk’uko we ubwe yabyitangarije, impamvu yatumye yegura ni ukugira ngo amahoro yongere agaruke muri Peru. Ati: “Ndagira ngo bimenyekane mu gihugu hose ko neguye ku mwanya wa Perezida kandi ndahamagarira Abanyaperu […]

Mu cyumweru: Gereza zo mu Rwanda zabonetsemo 161 banduye Covid-19, Kabuga agezwa mu rukiko i La Haye bwa mbere

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 9 kirangira tariki ya 15 Ugushyingo 2020, cyaranzwe n’inkuru ziganjemo iz’ubutabera, politiki ndetse n’ubuzima; zikaba ari nazo twibandaho muri iki cyegeranyo. Duhereye ku buzima: Gereza zo mu Rwanda zabonetsemo 161 banduye Covid-19 Kuva tariki ya 9 Ugushyingo kugeza tariki ya 15, gereza zo mu Rwanda zimaze kubonekamo abantu 161 banduye […]

Batatu bishwe na Covid-19, abanduye ni 61

em5a6anxeaizcro.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 15 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abagabo batatu bishwe n’icyorezo cya Covid-19. Ni mu gihe muri rusange, abanduye biyongereyeho 61 mu bipimo 1449 byafashwe. Aba bagabo barimo umwe wari ufite imyaka 36 y’amavuko, uw’imyaka 62 n’undi w’imyaka 85, bakaba bapfiriye muri Rwamagana. Umubare w’abanduye uyu munsi, wazamuwe cyane n’abantu […]

Inkingo za Covid-19 hafi ya zose zizasohoka zaramaze kugurwa n’ibihugu byifite

Ku wa Mbere w’icyumweru gishize, ikigo gikora inkingo cya Pfizer ku bufatanye na BioNTech byemeje ko bigiye gusohora urukingo ruzabasha kurinda icyorezo cya Covid-19 ku kigero cya 90%. Ibi bigo byemeje ko mu mwaka w’2021, bizasohora doze miliyari 1.3, izigera kuri miliyari 1.1 (zingana na 80%) zikaba zaramaze gutangwaho ‘komande’ n’ibihugu bikize ku Isi. Ibihugu […]

Icyizere ni cyose ku mwana w’imyaka 24 wiyamamariza kuyobora Uganda (Amafoto)

fb_img_16054265202920217.jpg

Katumba John yakoze amateka, yemererwa kwiyamamariza kuyobora Uganda nk’umukandida wigenga, ahanganye n’abarimo Perezida Museveni, Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine), Rtd. Lt. Gen. Henry Tumukunde, Patrick Amuriat n’abandi. Uyu musore w’imyaka 24 y’amavuko, agenda agaragaza ko afite icyizere cyo kuzegukana aya matora, cyane ko hari abamaze kugaragaza ko bamushyigikiye barimo Pasiteri uherutse kumuha imodoka izajya imufasha […]

Sugira Ernest yongerewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura kwakira Cap-Vert

Rutahizamu Sugira Ernest ukinira Rayon Sports yongerewe mu bakinnyi b’ikipe y’igihugu (Amavubi) bitegura kwakira iya Cap-Vert mu gushaka itike y’irushanwa ry’Afurika (CAN). Aya makuru yemejwe n’umuryango wa Rayon Sports kuri uyu wa 15 Ugushyingo 2020. Sugira Ernest ntabwo yagaragaye mu bakinnyi Amavubi yitabaje mu mukino ubanza wabereye i Praia muri Cap-Vert, aho amakipe yombi yanganyije […]

Ababyeyi bashobora gutegekwa gushyigikira gahunda yo kugaburira abana ku ishuri

Minisitiri w’Uburezi, Dr. Uwamariya Valentine kuri uyu wa 13 Ugushyingo 2020, yasabye Inteko Ishinga Amategeko ko ababyeyi bategekwa gushyigikira gahunda yo kugaburira abana ku mashuri. Ni umushinga w’itegeko Minisitiri Uwamariya yagejeje kuri Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco n’Urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko. Abisaba, Minisitiri Uwamariya yabishingiye ku kuba gahunda yo kugaburira abana mu mashuri yagize uruhare […]

Museveni ni we ugiye guhuza impande ziri mu ntambara muri Ethiopia

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni ni we Mukuru w’Igihugu ugiye guhuza impande ebyiri zo muri Ethiopia zatangiye intambara yeruye bitewe n’ubwumvikane buke bushingiye kuri politiki. Impande zishyamiranye ni urwa leta ya Ethiopia ndetse n’urw’umutwe wegamiye ku ishyaka rya Tigray People’s Liberation Front (TPLF) ushaka ko agace ka Tigray kigenga, ikaba ari nayo ntandaro y’uyu mwuka […]

Umwana w’imyaka 10 ukina ‘comedy’ yubakiye nyina inzu ihebuje (Amafoto)

fb_img_16054219861399191.jpg

Umwana w’umukobwa ufite imyaka 10 y’amavuko wo muri Nigeria wamamaye ku mugabane wa Afurika kubera umukino w’urwenya (comedy), yashyikirije nyina impano y’inzu nziza. Uyu mwana yitwa Emmanuella Samuel, akaba azwi cyane mu mikino itegurwa n’umusore witwa Mark Angel yita nyirarume (Uncle). Emmanuella nyuma yo gushyikiriza nyina iyi nzu, yashyize ubutumwa kuri Instagram bugira buti: “Nakubakiye […]

RDC: Ishyaka rya Perezida Tshisekedi n’irya Joseph Kabila yigaragambije (Amafoto)

dem.png

Amwe mu mashyaka akorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yari ayobowe n’irya Perezida Tshisekedi na Joseph Kabila, kuri uyu wa 14 Ugushyingo 2020 yakoze imyigaragambyo; ku mpamvu ebyiri zitandukanye. Uruhande rumwe rwari ruyobowe n’ishyaka rya Tshisekedi, UDPS, rwarimo andi mashyaka nka AFDC-A rya Moise Bahati Lukwebo na MLP rya Franck Diongo. Imyigaragambyo yarwo […]

Gereza ya Muhanga yabonetsemo 36 banduye Covid-19

emukdtbxuaakpt_-1.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 13 Ugushyingo 2020 yatangaje ko gereza ya Muhanga yabonetsemo abantu 36 banduye Covid-19. Ni mu gihe muri rusange, abanduye biyongereyeho 43 mu bipimo 2759 byafashwe. Abanduye barimo aba babonetse muri iyi gereza, uwabonetse i Kigali, uwabonetse i Kirehe, 2 babonetse muri Nyamagabe, 2 babonetse muri Rubavu n’undi wabonetse […]

Trump yanze kuva ku butegetsi, hakurikiraho iki?

general.jpg

Donald Trump ni Perezida wa 45 wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, winjiye mu biro (White House) kuva mu 2016, bikaba biteganyijwe ko ashobora kuyivamo muri Mutarama 2021 nyuma yo gutsindwa na Joe Biden mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye tariki ya 3 Ugushyingo 2020. Joe Biden yatsinze aya matora tariki ya 7 Ugushyingo, nyuma yo kwegukana […]

Indi mipaka ihuza u Rwanda na RDC iri hafi gufungurwa

Tariki ya 11 Ugushyingo 2020, Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba mu Rwanda, Munyentwari Alphonse na Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ThĂ©o Ngwabidje Kasi bakoreye inama mu mujyi wa Bukavu. Impamvu yatumye bahura, ni ukugira ngo bige ku buryo bamwe mu batuye muri ibi bihugu bakeneye serivisi zambukiranya imipaka, bazibone mu buryo […]

Utariye ituro, uba uhemukiye uwarituye_Umushumba

Mu gihe hari abamaze igihe banengera abashumba kwaka no kurya amaturo babigereranya n’ubujura, bamwe mu bakora umurimo w’ivugabutumwa mu Rwanda bemeza ko bifatwa uko bitari, Bishop Gatera we akavuga ko ahubwo “utariye ituro, aba ahemukiye uwarituye.” Bishop Gatera ukorera ivugabutumwa mu Murenge wa Kabarondo w’Akarere ka Kayonza, Pasiteri Niyonzima Claude na ApĂŽtre Liliane Mukabadege, baganiriye […]

Joseph Kabila yaba akomeje gucibwa inyuma n’abarimo murumuna we

Mu gihe umwuka utari mwiza hagati y’amahuriro mpuzamashyaka ya politiki asangiye imyanya ikomeye mu butegetsi bw’igihugu; FCC rya Joseph Kabila na CACH rya Perezida FĂ©lix Tshisekedi, Umukuru w’Igihugu yatangije gahunda yiswe ‘consultation’ yo kwakira inkunga y’ibitekerezo, byamufasha gukomeze kuyobora neza. Intandaro y’umwuka mubi hagati ya FCC na CACH yabaye ibyemezo bitandukanye Perezida Tshisekedi yagiye afatira […]

Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 7

empcjalwmaau3pk.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abantu banduye Covid-19 biyongereyeho 7 mu bipimo 1917 byafashwe. Abanduye barimo 4 babonetse i Kigali, 2 babonetse muri Rubavu n’undi wabonetse muri Nyagatare.

Nyuma ya Amadou Touré wayoboye Mali, na Rawlings wayoboye Ghana yapfuye

Jerry John Rawlings wabaye Perezida wa Ghana kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2020 yishwe n’uburwayi yari amaranye igihe gito. Ni nyuma y’iminsi ibiri, Amadou Toumani TourĂ© wayoboye Mali na we apfuye. Rawlings wari ufite imyaka 73 y’amavuko, yapfiriye mu bitaro bya Korle Bu biherereye mu murwa mukuru wa Ghana, Acrra yarwariyemo kuva mu cyumweru gishize. […]

Mu Burusiya: Utugezi twahindutse amaraso, abaturage bakuka imitima_Amafoto

red1.png

Ubwoba ni bwinshi mu baturage bo mu Burusiya nyuma y’aho amazi y’utugezi tumwe na tumwe ahindutse umutuku w’amaraso, impamvu yabiteye ikaba ikiri amayobera. Nk’umugezi wa Iskitimka uri mu gace ka Kemerovo mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Siberia, abaturage bavuga ko amazi yawo asa n’uburozi bitewe n’iri bara. Umuturage witwa Andrey German mu nkuru ya The Sun, […]

Ab’i Kisoro bategetse Gen. Tumukunde gusaba imbabazi ku bw’akagambane yakoreye Gen. Kayihura

Abayobozi n’abaturage batuye mu Karere ka Kisoro, bategetse Rtd. Lt. Gen. Henry Tumukunde kubanza gusaba imbabazi ku bw’ubugambanyi yakoreye Gen. Kale Kayihura. Kuri uyu wa 11 Ugushyingo 2020 ni bwo Gen. Tumukunde wanzwe n’ab’i Kisoro, yari agiye kwiyamamarizayo ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu gusa abashinzwe umutekano bamuhagaritse atarahinjira. Abaturage n’abayobozi b’i Kisoro bafata Gen. Kayihura nk’umuhungu […]

Tito Rutaremara yashyigikiye igitekerezo cyo guhuriza mu biganiro leta na opozisiyo

Hon. Tito Rutaremara uri mu bagize Akanama Ngishwanama k’Inararibonye, yashyigikiye igitekerezo cy’uko leta y’u Rwanda yajya ihurira mu biganiro n’atavuga rumwe n’ubutegetsi bwayo, mu buryo bwo gusuzuma aho igihugu kigeze. Ni igitekerezo umunyamakuru Robert Mugabe yatanze mu kiganiro mpaka cyayobowe n’umunyamakuru Etienne Gatanazi, kiri kuri televiziyo ya Real Talk ikorera ku rubuga rwa YouTube, cyagiye […]

Hashyizweho abayobozi mu nzego z’igihugu zitandukanye

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 11 Ugushyingo 2020, yashyizeho abayobozi b’inzego n’ibigo bya leta bitandukanye, aho nka Anastase Murekezi wari Umuvunyi Mukuru yasimbujwe Madeleine Nirere. Mu Kigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) FĂ©licien Mwumvaneza: Ni umuyobozi ushinzwe serivisi za gasutamo. Rosine Uwamaliya: Ni umuyobozi ushinzwe ubugenzuzi bw’imbere (Internal Audit and Integrity). FĂ©licien Majyambere: Umuyobozi ushinzwe […]

Gereza ya Mageragere yabonetsemo abantu 27 banduye Covid-19

emkds4gxcagtjvm.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 11 Ugushyingo 2020 yatangaje ko Gereza ya Mageragere iherereye mu Karere ka Nyarugenge yabonetsemo abantu 27 banduye Covid-19. Ni mu gihe mu gihugu cyose habonetsemo abanduye 50 barimo aba ngaba babonetse mu bapimwe muri iyi gereza, 6 bo muri Kirehe, 12 bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi muri Rubavu […]

Polisi yongeye guha gasopo abahanuzi bavuga ko bakiza indwara

Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa 11 Ugushyingo yongeye kwihanangiriza abantu biyita ko ari abahanuzi basengera abantu bakabakiza indwara, bikaba byatuma abaturage batagana amavuriro iyo barwaye. Polisi ivuga ko ibi ngibi ari “ukuyobya abaturage”. Yaboneyeho gushishikariza abaturarwanda kudaha agaciro inyigisho nk’izi, ahubwo bakajya bagana ivuriro igihe cyose barwaye. Ngo abatanga ubutumwa nk’ubu buyobya abaturage ntabwo […]

Sadate akomeje kwifatira ku gahanga Gasogi United

Umukunzi wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate yongeye kwifatira ku gahanga ikipe ya Gasogi United nyuma yo gutsindwa na Marine FC mu mukino wa gicuti. Ni nyuma y’aho tariki ya 6 Ugushyingo 2020, Sadate wabaye Perezida wa Rayon Sports ateranye amagambo na Perezida wa Gasogi, Kakooza Nkuriza Charles bitewe n’uko yari amaze kugaragaza ko yishimiye ko […]

Bobi Wine yavuze ko yategetswe kwiyamamariza muri hoteli y’umuyobozi w’ishyaka bahanganye

Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) uri kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu cya Uganda, yavuze ko yategetswe kwiyamamariza muri hoteli y’umuyobozi w’ishyaka riri ku butegetsi (NRM) bahanganye. Uyu munyapolitiki avuga ko ibi byabaye ubwo yari agiye gukomereza ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Kitgum, yagera mu marembo yako, agasanga abarinda umutekano bahyizeho bariyeri. Ngo bamubwiye ko bategetswe […]

Menya byinshi ku ibuye rya Tanzanite ryatumye umuturage ajya mu batunze za miliyari

sininiu.jpg

Ukwezi kwa Kamena na Kanama muri uyu mwaka, yabaye ay’amahirwe adasanzwe ku muturage witwa Saniniu Laizer utuye mu giturage cya Simanjiro, Akarere ka Manyara muri Tanzania. Muri ayo mezi ni bwo Saniliu ukora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro buciriritse, yavumbuye amabuye y’imbonekarimwe ya Tanzanite. Ubwa mbere muri Kamena yabonye aya mabuye abiri, rimwe ryapimaga ibiro 9.2, irindi […]

Ykee Benda yavuze ko nagera mu Rwanda, azahura n’umwana wagaragaye aririmba indirimbo ye

screenshot_20201111-082510_1605077183610.jpg

Umuhanzi wo muri Uganda, Wycliffe Tugume wamamaye ku izina rya Ykee Benda yavuze ko nagera mu Rwanda, azahura n’umwana w’Umunyarwanda wagaragaye aririmba indirimbo ‘Farmer’ yafatanyije na Sheebah Karungi. Yifashishije urukuta rwe rwa Twitter, tariki ya 7 Uguhyingo, Ykee Benda yasangije abamukurikira akavidewo kagaragaza uyu mwana agirana ikiganiro n’undi munyarwanda, amusaba kuririmba. Uyu abanza kumubaza ati: […]

Rwamagana: Abandi bantu babiri bishwe na Covid-19

emffmkjxuams4gv.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda, kuri uyu wa 10 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abagabo babiri barimo uw’imyaka 45 n’uwa 50 y’amavuko bo mu Karere ka Rwamagana bishwe n’icyorezo cya Covid-19. Ni nyuma y’aho kuri uyu wa 9 Ugushyingo, na none habonetse abandi bagabo babiri bishwe n’iki cyorezo, bombi bafite imyaka 45 y’amavuko. Abanduye uyu munsi bo […]

Tundu Lissu yamenyeshejwe ko azicwa, ahungira kuri Ambasade y’u Budage

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzania, Tundu Lissu yamenyeshejwe ko yapangiwe kwicwa nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yari ahatanyemo, ahitamo guhungira kuri Ambasade y’u Budage i Dar es Salaam. The Citizen TV yavuganye na Lissu wari kuri iyi Ambasade ku murongo wa telefone , avuga ko hari abantu yizeye neza bamubwiye ko umugambi wo kumwica wamaze […]