Isirayeli yatanze agahenge k’ amasaha 10 muri Gaza

Kuva kuri iki Cyumweru, tariki 27 Nyakanga 2025, igisirikare cya Isirayeli cyatangaje ko kigiye gusubika ibitero bya cyo mu gihe cy’amasaha 10 buri munsi mu bice bitatu bigize intara ya Gaza mu rwego rwo gufasha imiryango itabara imbabare kugeza ibiribwa ku baturage bazahajwe n’ inzara. Ibyo bice akaba ari Gaza City, Deir al Balah na […]
RIB yataye muri yombi umugabo ukekwaho gusambanya umwana we w’imyaka 9

Umugabo w’imyaka 42 wo mu Karere ka Kamonyi, Umudugudu wa Rugwiro, Akagari ka Kidahwe, mu Murenge wa Nyamiyaga yatawe muri yombi nyuma yo gukekwaho gusambanya umwana we w’umukobwa w’imyaka icyenda. Aya marorerwa yabaye ku munsi w’ ejo kuwa gatandatu tariki 26 Nyakanga 2025, ubwo uyu mugabo yagubwaga gitumo na musaza w’uyu mwana, Ise ari gusambanya […]
Inyeshyamba za ADF zishe abantu basaga 40 muri Ituri

Mu ijoro ry’ejo ku wa gatandatu rishyira kuri iki Cyumweru tariki ya 27 Nyakanga 2025, habaye ubwicanyi bukabije bwabereye i Komanda, mu Ntara ya Ituri, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni iitero bikekwa ko byagabwe n’umutwe w’iterabwoba ukomoka muri Uganda, uzwi nka ADF – Forces Démocratiques Alliées, bikaba cyahitanye abantu babarirwa muri […]
Kenya: Umwana w’imyaka 16 yishe nyina amuziza kutamubwira se

Kuri iki Cyumweru, umwana w’imyaka 16 yatawe muri yombi akekwaho kuba yarishe nyina azira ko yanze kumubwira se wamubyaye i Molo, mu Ntara ya Nakuru mu gihugu cya Kenya. Polisi yavuze ko ibi byabereye mu nzu yabo iherereye mu gace ka Nyakiambi. Polisi kandi yavuze ko ibyabaye bidasanzwe, yongeraho ko barimo gukora iperereza. Musaza w’uwishwe […]
Sudani: RSF yashyizeho guverinoma ibangikanye n’iya Khartoum

Ihuriro ry’imitwe yitwara gisirikare yo muri Sudani riyobowe n’umutwe wa Rapid Support Forces watangaje kuri uyu wa Gatandatu ushize abagize guverinoma ibangikanye n’iya Khartoum igikorwa cyamaganwe n’Ingabo za Leta, bamaze amezi 27 bahanganye gishobora gutuma igihugu kigana ku kongera gucikamo kubiri. Umuyobozi wa RSF, Gen. Mohamed Hamdan Dagalo, yatangajwe nk’umuyobozi w’inama y’umukuru w’igihugu (, naho […]
FARDC irahakana ibirego bya Twirwaneho kuri FDLR

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) cyamaganye byimazeyo ibirego by’umutwe witwaje intwaro wa MRDP-Twirwaneho, ukorera mu misozi ya Fizi, uherutse kuvuga ko abarwanyi ba FDLR bahuguriwe mu Burundi binjiye mu gihugu kugira ngo bice abaturage b’Abanyamulenge. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku itariki ya 26 Nyakanga, Umuvugizi wa FARDC, Gen. Major Sylvain Ekenge, yavuze […]
Uruzi rwa Muragarazi rushobora gutera ibibazo hagati y’u Burundi na Tanzania

Umwuzure uherutse kuba mu ruzi rwa Muragarazi, rugaragaza umupaka uhuza u Burundi na Tanzaniya, wimuye ubutaka bumwe bw’u Burundi ibujyana mu karere ka Tanzaniya. Iki kibazo cyongeye kubyutsa amakimbirane hagati y’abaturiye uruzi bitewe no guterana ubwoba hamwe n’ibibazo bya politiki. Muri iki gihe, biravugwa ko umwuka wifashe nabi mu turere duhana imbibi tw’u Burundi na […]
Yafatiwe muri Gare ya Nyabugogo afite ibiro 4 by’urumogi

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki 26 Nyakanga, Polisi ikorera muri gare ya Nyabugogo mu Karere ka Nyarugenge, yafashe uwitwa Habamahirwe Francois w’imyaka 18 wo mu Karere ka Burera mu Murenge wa Nemba, afite ibiro 4 by’Urumogi yari avanye aho avuka. Akimara gufatwa yavuze ko yari aruzanye i Remera mu Mujyi wa […]
Tshisekedi asigaje kwegura, guhunga cyangwa gukurwaho: Nangaa

Umuhuzabikorwa w’ihuriro rya AFC/M23, akoresheje urubuga rwe rwa x, yavuzek ko Parezida Tshisekedi asigaranye kwegura ku butegetsi, cyangwa agahunga bitaba ibyo agakurwaho. Nangaa yavuze ko RDC irimo ibibazo mu buryo budasubirwaho, kandi ko ibyo bibazo biri mu gihugu hose. maze ongeraho ko ikibazo cy’umutekano atari icyo kiri muri RDC gusa, ahubwo ko hari n’ibibazo bya […]
Ari umugabo n’umugore ni nde uryoherwa cyane n’imibonano mpuzabitsina y’abashakanye?

Mu muryango nyarwanda n’ahandi ku isi, imibonano mpuzabitsina hagati y’abashakanye ni ingenzi cyane mu kubaka urukundo, umutekano w’amarangamutima, no gutuma urugo rugira ituze. Ariko se, hagati y’abagabo n’abagore, ni nde uryoherwa cyane n’iki gikorwa? Iki kibazo cyakomeje gutera impaka, ariko ubushakashatsi bwimbitse n’ubuhamya bw’abantu batandukanye bigaragaza ko ibyishimo by’imibonano mpuzabitsina bigira aho bishingira ku buryo […]
Biratangaje: Havumbuwe igihugu cyitabamo imibu

Ubushakashatsi buherutse bwagaragaje ko Iceland ari kimwe mu bihugu bike ku isi bitabarizwamo imibu, bitewe n’imiterere yacyo yihariye. Abashakashatsi bavuga ko ubukonje bukabije bwo muri icyo gihugu butuma amagi y’imibu atabasha gukura, kandi n’igihe ubushyuhe bwiyongereye, amazi arihinduriza bigatuma umubu udakura. Ikindi gitangaje, ni uko muri Iceland nta miti yica imibu ikoreshwa, cyangwa se inzitiramibu, […]
Audia Intore yarongowe n’umunyamakuru

Ku wa 26 Nyakanga 2025, umunyamakuru Cyiza Kelly n’umuhanzikazi Audia Intore bakoze ubukwe nyuma y’igihe bari mu rukundo. Ubu bukwe bwabereye mu Murenge wa Kinyinya, mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatandatu. Umuhango wo gusaba no gukwa waranzwe n’ibikorwa bya kinyarwanda, abashyitsi barimo abahanzi Mariya Yohana, Ange na Pamela, na Lionel Sentore. Umunyamakuru Babu […]
Masisi: M23 yakubise umwanzi, yigarurira agace k’ingenzi

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatandatu wigaruriye agace ka Showa ko muri Teritwari ya Masisi, nyuma yo kukirukanamo umwanzi wawo bari bahanganye. M23 yafashe Showa nyuma yo kuhirukana ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bari bahanganye ryiganjemo inyeshyamba zo mu mutwe wa APCLS wa Janvier Karairi. Ejo ku wa Gatanu impande zombi zari zarwaniye […]
Icyicaro Gikuru cya EAGF kigiye kuva muri Uganda kize mu Rwanda

Amashyaka afite amahame mu kurengera ibidukikije yo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAGF), yemeje ko Icyicaro Gikuru cyayo cyabaga muri Uganda cyihavanwa kikimurirwa mu Rwanda. EAGF yabyemereje mu nama yayo izwi nka Eastern African Greens Congress iri kubera i Kigali. Iyi nama y’iminsi ibiri yitabiriwe n’amashyaka ya Green Parties yo mu bihugu by’u […]
Tshisekedi umaze iminsi yikanga coup d’état yafatiye ingamba ba Jenerali ba FARDC

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyamenyenyesheje abasirikare bakuru bose n’abapolisi ko nta wemerewe gusohoka mu gihugu cyangwa kuva aho ari, kugeza igihe bazamenyesherezwa. Bikubiye mu butumwa FARDC yatanze biciye mu mugaba mukuru w’Ingabo zayo, Lt.Gen. Banza Jules Mwilambwe. Itangazo Lt. Gen. Banza yashyize hanze yifashishije urubuga rwa Telegrame, rimenyesha abayobozi bakuru muri […]
Aho AFC/M23 ihagaze ku kuba RDC yagabanywamo za Leta

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ufite icyifuzo cy’uko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagabanywamo za Leta, kuko ari bwo buryo bwonyine bushobora kuvana iki gihugu ku rwego kiriho. Byatangajwe n’Umunyamabanga Uhoraho w’uyu mutwe, Benjamin Mbonimpa, mu kiganiro yahaye abanyamakuru ku wa Gatanu tariki ya 25 Nyakanga 2025, i Goma. Ni ikiganiro cyibanze ku nyandiko y’amahame […]
Umukinnyi mushya wa APR FC yagize ibyago

Umunya-Uganda Ronald Ssekiganda umaze igihe gito yerekeje muri APR FC, yagize ibyago byo gupfusha nyina umubyara. APR FC yemeje aya makuru mu butumwa bumwihanganisha yanyujije ku rubuga rwayo rwa X. Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yagize iti: “Ubuyobozi bwa APR, abakinnyi ndetse n’abakozi, bifatanije na Ronald Ssekiganda mu gahinda ko kubura umubyeyi we (nyina). Aruhukire mu […]
U Bufaransa bwatesheje agaciro impapuro zo gufata Bashar al-Assad

Urukiko Rukuru rw’u Bufaransa rwatesheje agaciro impapuro zatanzwe mu 2023 zo guta muri yombi uwahoze ari Perezida wa Siriya, Bashar al-Assad, washinjwaga uruhare mu bitero byahitanye abasaga 1,000 mu 2013 mu mijyi ya Adra na Douma hafi ya Damasiko. Urukiko rwavuze ko ubwo izo mpapuro zatangwaga, Assad yari akiri perezida bityo akaba yari afite ubudahangarwa […]
U Burundi bwabonye Nyampinga mushya (Amafoto)

Kaneza Kellia Lagroire, ni we wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Burundi wa 2025, nyuma yo guhigika abakobwa bagenzi be 15 bari barihataniye. Kaneza yambikiwe iri kamba mu birori byabereye i Bujumbura ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 25 Gicurasi 2025. Ni ibirori byitabiriwe n’abarimo Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, Angeline Ndayubaha […]
FDLR yoherejwe kwica Abanyamulenge nyuma yo gutozwa no guhabwa intwaro n’u Burundi: Twirwaneho

Umutwe wa Twirwaneho ushinzwe kurengera abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge, watanze impuruza y’uko abarwanyi bo mu mutwe wa FDLR batangiye koherezwa mu bice by’imisozi miremire yo muri Teritwari za Uvira na Fizi, nyuma y’igihe bahererwa imyitozo mu Burundi. Twirwaneho yatanze iyi mpuruza biciye mu itangazo yasohoye ku wa Gatanu tariki ya 25 Nyakanga. Uyu mutwe […]
Igisubizo cya AFC/M23 ku bibaza niba Kabila yaramaze kuyinjiramo

Umutwe wa AFC/M23 wahakanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari umwe mu bawugize. Uyu mutwe wemeje ko Kabila usigaye aba mu mujyi wa Goma ugenzura atari umunyamuryango wawo, mu kiganiro wagiranye n’itangazamakuru ejo ku wa Gatanu. Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, ubwo yabazwaga niba Kabila ari […]
Ndayishimiye yagiranye inama na Capitaine Ibrahim Traoré

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, ku wa Kane tariki ya 24 Nyakanga yatangaje ko yagiranye inama na Perezida w’inzibacyuho wa Burkina Faso, Capitaine Ibrahim Traoré. Ndayishimiye abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko inama yagiranye na Traore iri mu rwego rw’ubutumwa yahawe bwo kuba intumwa idasanzwe ya Perezida wa Angola akanaba uw’Umuryango wa Afurika […]
AFC/M23 yavuze ikintu gikomeye gishobora gutuma idasubira kuganira na RDC

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko udateze gusubira mu biganiro umaze igihe ugiranira na Leta ya RDC i Doha muri Qatar, mu gihe cyose itararekura abantu bayo babarirwa muri 700 ifunze. Byatangajwe n’Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, ubwo kuri uyu wa Gatanu yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri Serena Hotel i Goma. Ni ikiganiro cyabaye nyuma […]
Impamvu ba Minisitiri Marizamunda na Uwimana Consolée batarahiranye n’abandi

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Nyakanga, yakiriye indahiro y’Abaminisitiri n’Abanyamabanga ba Leta bagize Guverinoma nshya, mu muhango wabereye mu Nteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura. Minisitiri w’Intebe mushya, Dr. Nsengiyumva Justin ni we wabimburiye abandi mu kurahira; akurikirwa n’Abaminisitiri, Abanyamahanga ba Leta ndetse n’abayobozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB). Abaminisitiri 19 muri […]
Masisi: FARDC yaramutse igaba ibitero bikomeye kuri M23

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Nyakanga 2025, ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zabyutse zigaba ibitero bikomeye mu gace ka Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho zageragezaga kwisubiza uduce twari twarafashwe n’umutwe wa AFC/M23 mu cyumweru gishize. Ni bitero byatangiye mu masaha y’ isaa munani […]
Perezida Kagame yashimiye byimazeyo Dr. Ngirente

Perezida Paul Kagame yashimiye yivuye inyuma Minisitiri w’Intebe ucyuye igihe, Dr. Edouard Ngirente, ku bw’akazi keza yari amaze igihe akora. Umukuru w’Igihugu yamushimiye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Nyakanga, nyuma y’uko yari amaze kwakira indahiro z’abagize Guverinoma nshya iheruka gushyirwaho iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva. Abaminisitiri 19, Abanyamabanga ba Leta 10 […]
MONUSCO iravuga ko Nyakanga yabaye ukwezi kw’amaraso muri Ituri na Kivu y’Amajyaruguru

Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (MONUSCO) bwagaragaje impungenge z’uko ubugizi bwa nabi bukoreshwamo intwaro bwongeye kugaragara mu ntara z’iburasirazuba za Ituri na Kivu y’Amajyaruguru mu kwezi kwa Nyakanga. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatatu, ubu butumwa bwa Loni bwamaganye byimazeyo ibitero byahitanye abaturage by’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri ako karere. […]
Umunyarwenya Burikantu yarekuwe

Umunyarwenya Mwitende Abdoulkarim wamamaye nka Burikantu ku mbuga nkoranyambaga yafunguwe nyuma y’iminsi mike ishize atawe muri yombi akekwaho guhohotera abakobwa yafungiranye mu nzu. Uyu munyarwenya yatawe muri yombi tariki ya 20 Nyakanga 2025 aho byatangajwe n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB). Icyo gihe Burikantu yari akurikiranyweho gufungirana abakobwa bari bagiye kumureba iwe mu rugo kugira ngo abafashe kujya […]
Zabyaye amahari hagati ya Amerika n’u Bufaransa

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zateye utwatsi icyemezo cya Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa cyo kwemera Palestine nk’igihugu cyigenga. Perezida Macron abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yaraye atangaje ko igihugu cye kigomba kwemera Palestine nk’igihugu cyigenga mbere y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye iteganyijwe muri Nzeri uyu mwaka. Ni icyemezo yavuze ko kigomba gufasha akarere k’Uburasirazuba bwo […]
Ubuhinde bwataye muri yombi umugabo umaze imyaka 8 yiyita Ambasaderi w’ ibihugu bitabaho

Polisi yo mu gihugu cy’ Ubuhinde yatangaje ko yataye muri yombi umugabo w’ imyaka 47 wari umaze imyaka 8 akora akazi nka Amabsediri w’ ibihugu bitabaho ku Isi akabikoresha mu gushuka abantu no kubacucura utwabo. Inzu nziza ishinzeho ibendera ry’igihugu, imodoka z’agaciro zifite ‘plaque’ z’abadipolomate, amafoto macurano manini ari kumwe na Minisitiri w’intebe w’Ubuhinde, byari […]
Gen. Muhoozi ntiyishimiye kuba u Rwanda na RDC byarasinyaniye amasezerano i Washington

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yagaragaje ko adashaka ko u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bijya gushakira igisubizo cy’ibibazo by’umutekano muke wo muri RDC i Washington cyangwa i Doha bisize akarere biherereyemo. Uyu musirikare usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, abinyujije ku rubuga rwe rwa X yavuze ko […]
Urukiko rwa ICC rwakatiye igihano cy’ igifungo abahoze ari abayobozi muri Centre Africa

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC, rufite icyicaro i La Haye mu Buholandi, rwakatiye abahoze ari abayobozi babiri bo muri Repubulika ya Centre Afurika (CAR) igifungo cy’imyaka 12 na 15, nyuma yo kubahamya ibyaha by’intambara n’ibyaha byibasiye inyokomuntu. Aba bantu barimo Alfred Yekatom, wamenyekanye cyane ku izina rya “Rambo” wahoze ari umudepite ndetse akanayobora umutwe w’inyeshyamba […]
U Bufaransa bugiye kwemera Palestine nk’igihugu

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, itariki 24 Nyakanga, Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje ko igihugu cye kizemera ko Palesitine ari igihugu, kikaba ari icyemezo kigomba gushyikirizwa Inama Rusange y’Umuryango w’Abibumbye muri Nzeri. Perezida Emmanuel Macron, yakomeje atangaza ko yizeye ko ibyo bizafasha kuzana amahoro mu karere. “Bijyanye n’amateka […]
RDC igiye gutangira kuburanisha Kabila ushobora gukatirwa urwo gupfa

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Nyakanga ruratangira kuburanisha Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida w’iki gihugu. Kabila aregwa na Leta ya Kinshasa ibyaha bikomeye birimo “ubugambanyi, ibyaha by’intambara, ibyibasiye inyoko muntu ndetse no kujya mu mutwe ugambiriye gukuraho ubutegetsi.” Ni ibyaha uyu munyapolitiki […]
Masisi: Inyeshyamba za M23 zabyukiye mu mirwano ikaze na Wazalendo

Imirwano ikaze hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo bivugwa ko yadutse kuva saa munani z’igicuku kuri uyu wa Gatanu ahitwa Luke, muri Gurupoma ya Nyamaboko ya 1 muri Teritwari ya Masisi, Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru dukesha ACTUALITE.CD avuga ko Wazalendo yagabye ibitero icyarimwe ku birindiro by’inyeshyamba za M23 i Luke ishaka kubirukana mu mujyi […]
Abapolisi b’u Rwanda bagiye gusimbura bagenzi babo muri Sudani y’Epfo

Kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Nyakanga, abapolisi b’u Rwanda bagize itsinda (RWAFPU1-9) bageze ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe bavuye mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), aho bari bamaze igihe kingana n’umwaka. Basimbuwe na bagenzi babo bagize itsinda (RWAFPU1-10) riyobowe na Assistant commissioner of Police (ACP) […]
Simba SC yigaramye ibyo kuzana kapiteni wa APR FC

Ikipe ya Simba Sports Club yo muri Tanzania yamaganye ibihuha byavugaga ko yamaze kumvikana n’umukinnyi Niyomugabo Claude ukinira APR FC ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi. Hari amakuru yari yatangajwe n’itangazamakuru ryo muri Tanzania avuga ko Simba SC yifuza uyu myugariro w’ibumoso, aho byavugwaga ko agiye gusimbura Mohammed Hussein baherutse gutandukana. Umunyamakuru Hans Rafael wa Crown Media […]
Rayon Sports iri guhiga umusimbura wa Abeddy

Ikipe ya Rayon Sports irashaka gusinyisha rutahizamu Habimana Yves wakiniraga Rutsiro FC, nyuma y’uko amakipe yombi agize ubwumvikane ku igurwa ry’uyu mukinnyi. Amakuru yemejwe na Kigali Today avuga ko Rayon Sports yemeye kwishyura miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo ibone uyu mukinnyi. Habimana Yves wari umaze imyaka ibiri akinira Rutsiro FC, yitezweho gusimbura Biramahire […]
Ba Minisitiri Nduhungirehe na Biruta bagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Loni mu Biyaga Bigari

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe na Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, kuwa Gatatu bagiranye ibiganiro n’Intumwa Yihariye y’Umuryango w’Abibumbye mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Amb. Xia Huang. Baganiriye ku bimaze iminsi bikorwa bibanda cyane ku mbaraga ziri gushyirwa mu gushakira amahoro u Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo. Abinyujije kuri […]
Leta ya DRC n’ iya Turukiya zasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikari

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’igihugu cya Turukiya byasinyanye amasezerano agamije kongera imbaraga mu guteza imbere ibijyanye n’ubusugire n’umutekano, ndetse n’ ubufatanye mu bya gisirikare hagati y’ibi bihugu byombi. Ni amasezerano yashyizweho umukono ku wa Kabiri, tariki ya 22 Nyakanga 2025, hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’igihugu cya Turukiya aho ibi […]
Impanuka y’ Indege mu Burusiya yahitanye abantu 48 bari bayirimo

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane, tariki 24/07/2025 mu gihugu cy’u Burusiya habaye impanuka ikomeye y’indege y’abagenzi yahitanye abantu 48 bose bari bayirimo. Iyo ndege yari mu rugendo ubwo yavaga mu mujyi umwe ijya mu wundi imbere mu gihugu, ariko ntiyigeze igera aho yagombaga kugera kuko yakoreye impanuka mu nzira. Inzego z’ubuyobozi bw’u Burusiya […]
Perezida Kagame yashyizeho Guverinoma nshya irimo amaraso mashya

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Nyakanga, yashyizeho Guverinoma nshya igizwe n’Abaminisitiri, Abanyamabanga ba Leta n’abandi Bayobozi Bakuru. Guverinoma yashyizweho igizwe n’Abaminisitiri 21, barimo babiri bashya. Aba barimo Dominique Habimana wagizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu asimbuye kuri izi nshingano Dr Mugenzi Patrice wari uzirimo kuva mu Kwakira 2024. Barimo kandi Dr. Bernadette […]
U Rwanda na RDC bahuriye mu nama yo mu rwego rwo hejuru

U Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), kuri uyu wa Kane bahuriye mu nama yo mu rwego rwo hejuru yigaga ku gucyura impunzi. Ni inama yabereye i Addis-Abeba muri Ethiopie. Ku ruhande rw’u Rwanda iyi nama yitabiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda i Addis-Abeba, Maj. Gen (Rtd) Charles Karamba, […]
RDC: Guverineri wa Haut-Katanga wari warabuze yongeye kugaragara

Kuri uyu wa Kane, Guverineri wa Haut-Katanga, Jacques Kyabula Katwe, yongeye kugaragara ku mugaragaro i Lubumbashi, asuhuza abarwanashyaka bo mu ishyaka rye rya politiki, ARDev, ndetse n’abashyigikiye ikipe ya FC Saint-Éloi Lupopo bari bateraniye hanze y’urugo rwe. Nk’uko amakuru agera mu binyamakuru bya Congo avuga ko kuri uyu wa Gatatu ushize yari yakiriye iwe bamwe […]
Yanga SC igiye guhangana na Rayon Sports yabonye umutoza

Ikipe ya Yanga SC yo muri Tanzania yamaze kubona umutoza mushya, Romain Folz mu gihe yitegura umukino wa gicuti uzayihuza na Rayon Sports FC ku wa 15 Kamena 2025 kuri Stade Amahoro. Uwo mukino ni igice cy’ibirori byo gutangiza umwaka mushya w’imikino wa Rayon Sports, aho izaba yakiriye Yanga SC mu mukino wa gicuti. Romain […]
Muhizi wari umaze imyaka 3 afunzwe azira kubeshya Perezida Kagame yagizwe umwere

Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruherereye mu karere ka Nyanza, rwagize umwere Muhizi Anatole wari waratawe muri yombi azira ibyafashwe nko kubeshya Perezida Paul Kagame. Muhizi yamenyekanye muri Kanama 2022 ubwo yaregeraga Perezida Paul Kagame Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ayishinja gufatira inzu ye. Icyo gihe Umukuru w’Igihugu ubwo yari yasuye abaturage bo mu karere ka Nyamasheke, […]
Dr. Justin Nsengiyumva wagizwe Minisitiri w’intebe wa 12 w’u Rwanda ni muntu ki?

Ku mugoroba wo ku munsi w’ejo tariki 23 Nyakanga 205 nibwo inkuru yabaye kimomo ko Dr. Justin Nsengiyumva yagizwe Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda na Perezida Paul Kagame asimbuye Dr. Édouard Ngirente, wari umaze imyaka 8 yose avuye ayobora guverinoma kuva muri 2017. Ni inkuru abantu batari bake babanje gushidikanyaho kuko Dr. Ngirente ariwe muntu wa […]
Gasabo: Hafashwe 7 bakekwaho kwiba mu ngo z’abaturage

Polisi y’Igihugu ikorera mu karere ka Gasabo, kuri uyu wa Kane yafashe abasore barindwi bakurikiranweho ubujura bwo kwiba abaturage mu ngo bakabatwara bimwe mu bikoresho byo mu nzu. Abafashwe bafatiwe mu murenge ya Ndera na Rutunga. Amakuru atangwa n’Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, avuga ko muri barindwi bafashwe harimo batatu […]
Burundi: Igitero cya grenade cyahitanye umuntu gikomeretsa abandi

Kuri uyu wa Gatatu ahagana saa mbiri z’ijoro, umuryango wo mu gace ka Rusiga, muri Komini ya Cibitoke, Intara ya Bujumbura (mu burengerazuba bw’u Burundi) wagabweho igitero cya grenade cyahitanye umukecuru gikomeretsa bikabije abandi bantu batatu bo mu muryango umwe. Ibi byabereye hagati y’imihanda ya 9 na 10 mu gace ka Rusiga, mu gihe umuryango […]
Simba SC irifuza gutanga za miliyoni kuri Kapiteni wa APR FC

Amakuru aturuka muri Tanzania aravuga ko ikipe ya Simba Sports Club yo muri iki gihugu ikomeje kwifuza myugariro Niyomugabo Jean Claude wa APR FC ndetse n’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi.’ Simba irifuza ko Claude usanzwe ari Kapiteni wa APR FC yajya gusimbura myugariro w’ibumoso, Mohammed Hussein baherutse gutandukana. Umunyamakuru Hans Rafael wa Crown Media, ari mu bemeje […]
Nyina wa Kingston yoherejwe muri gereza

Nyina w’umuhanzi w’Umunyamerika Sean Kingston, Janice Turner yakatiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni imwe y’amadolari y’Amerika nyuma yo guhamwa n’icyaha cy’ubwambuzi yakize afatanyije n’umuhungu we. Urukiko rwemeje ko kuva muri Mata 2023 kugeza Werurwe 2024, Turner na Sean Kingston (w’imyaka 35) bakoze ibikorwa bigize icyaha birimo gushuka abantu bavuga ko bishyuye ibicuruzwa birimo imodoka, […]
Isezerano rya Dr. Nsengiyumva wagizwe Minisitiri w’Intebe kuri Perezida Kagame

Dr. Justin Nsengiyumva wagizwe Minisitiri w’Intebe mushya w’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame wamuhaye ziriya nshingano, yizeza ko azamukorera akanakorera igihugu mu bwitange no kwicisha bugufi. Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 23 Nyakanga ni bwo Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko Dr. Nsengiyumva wari usanzwe ari Visi-Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) yagizwe […]
USA: Perezida Macron yareze umusesenguzi wita umugore we umugabo

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 23 Nyakanga, Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron n’umugore we, Brigitte, batanze ikirego muri Amerika barega Umwanditsi n’umusesenguzi Candace Owens, bamushinja gukwirakwiza ibihuha bivuga ko umudamu wa mbere mu Bufaransa ari umugabo. Mu kirego cyatanzwe mu Rukiko Rwisumbuye rwa Delaware, ba Macron bavuze ko uyu munyamerikakazi Owens yakoze “ubukangurambaga bwo gusebya […]
Umuntu yanyereza gute amafaranga atigeze akoraho? – Constant Mutamba

Imbere y’abacamanza b’Urukiko Rushinzwe Kurinda Iremezo ry’Itegeko Nshinga, kuri uyu wa Gatatu, itariki 23 Nyanga, uwahoze ari minisitiri w’ubutabera, Constant Mutamba yafashe ijambo ahakana ibyo aregwa byose mu rubanza rwo kunyereza amafaranga ya Leta. Mutamba yagize ati: “Miliyoni 19 z’amadolari minisitiri wa leta, Minisitiri w’ubutabera akurikiranyweho yibereye muri banki”. Yashimangiye ko amafaranga avugwa atabuze. Byongeye […]
Impanuka y’indege muri Pariki ya Virunga yahitanye babiri

Indege ya Bat Hawk yaguruka hejuru y’ikirere gikikije site y’amateka ya Ishango muri Parike ya Virunga, yakoze impanuka kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 23 Nyakanga, ihitana abantu babiri muri kiriya gice cya Kivu y’Amajyaruguru. Ibi byatangajwe n’ubuyobozi bw’Ikigo cya Congo gishinzwe Kubungabunga Ibidukikije (ICCN) mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryohererejwe ACTUALITE.CD dukesha iyi nkuru. Abakozi […]
Huye: Umusore w’imyaka 20 akurikiranweho gushimuta no kwica umusambi

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bwaregeye Urukiko Rwisumbuye rwa Huye dosiye iregwamo umusore w’imyaka 20 ukekwaho gushimuta no kwica umusambi (Grey crowned-crane), inyoni iri mu bwoko bw’izirinzwe (Critically endangered species). Icyaha cyabaye ku itariki 09/07/2025, ahagana sa munani z’amanywa mu gishanga cya Gitega giherereye mu Mudugudu wa Gitega, Akagari ka Gitovu, Umurenge wa Busoro, […]
Thailand na Cambodia byatangiye kurasana

Ingabo za Thailand n’iza Cambodia zarasanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ku gice cy’umupaka utemewe, aho amakimbirane akomeje gukaza umurego hagati y’impande zombi. Ingabo za Thailand zatangaje ko abasirikare ba Cambodia ari bo batangije uku kurasana hafi y’urusengero rwa Khmer rwa Ta Muen Thom, haherutse kugaragara ubushyamirane bukomeye. Ariko minisiteri y’ingabo ya Cambodia […]
Perezida Kagame yakuye Dr. Édouard Ngirente ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Nyakanga, yakuye Dr. Édouard Ngirente ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe amusimbuza Dr. Nsengiyumva Justin. Dr. Ngirente yari Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuva muri 2017, ubwo yasimburaga kuri izo nshingano Anastase Murekezi. Dr. Nsengiyumva Justin ni we wamusimbuye nk’uko Guverinoma y’u Rwanda yabitangaje ku rubuga rwayo […]
U Rwanda na Algérie byinjiye mu bufatanye bwa gisirikare

U Rwanda na Algérie kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Nyakanga, byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare. Ku ruhande rw’u Rwanda amasezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda uri kugirira uruzinduko rw’akazi muri Algérie. Ku ruhande rwa kiriya gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika rwo amasezerano yashyizweho umukono n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zacyo, Gén. […]
M23 yatahuye imbunda n’amasasu byahishwe na FARDC mu mujyi wa Goma

Ihuriro ry’ abasirikari ba Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryatoraguye intwaro za gisirikari ziganjemo imbunda n’ ibisasu byari byarahishwe mu bice bitandukanye by’umujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, bihishwe n’ihuriro ry’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Nkuko byatangajwe na Guverineri wungirije w’i Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Manzi Willy, washyizweho na AFC/M23 ku rubuga rwe […]