Museveni yarahiriye manda ya gatandatu izamugeza ku myaka 40 ku butegetsi (Amafoto)

img_20210512_113238.jpg

Perezida Yoweri Kaguta Museveni kuri uyu wa Gatatu, yarahiriye kuyobora Uganda muri manda ye ya gatandatu izamugeza ku myaka 40 ku butegetsi. Ni nyuma yo kwegukana intsinzi mu matora y’umukuru w’Igihugu yabaye ku wa 14 Mutarama uyu mwaka, atsinze abo bari bahanganye barimo Bobi Wine ku majwi agera kuri 59%. Umuhango w’irahira rya Museveni kuri […]

Perezida Kagame yohereje intumwa imuhagararira mu irahira rya Museveni

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, azahagararirwa n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Prof Nshuti Manasseh; mu muhango w’irahira rya Perezida Yoweri Museveni. Kuri uyu wa Gatatu Tariki ya 12 Gicurasi ni bwo Museveni arahirira kuyobora Uganda muri manda ya gatandatu yikurikiranya, mu muhango uzabera ku kibuga cya Kololo. Ni […]

Bwa mbere Museveni asura u Rwanda yasize anenze umwami Kigeli IV Rwabugiri

Perezida Yoweri Kaguta Museveni ubwo yasuraga u Rwanda ku nshuro ya mbere nka Perezida wa Uganda, yasize anenze umwami Kigali IV Rwabugiri kubera Politiki ye yo gushaka kwigarurira ibihugu uduhugu twose twahanaga imbibi n’u Rwanda. Mu 1987 Museveni amaze hafi umwaka umwe ku butegetsi yahiritseho umunyagitugu Milton Obote, ni bwo yagiriye uruzinduko rw’amateka mu Rwanda. […]

ARUSHA: Nkongwa ebyiri zashegeshe ubutabera

ngirumpatse.jpg

Mbere y’uko umufungwa wa mbere agera mu Rukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyriweho u Rwanda (TPIR), umurongo wo kwiregura wari waranogejwe cyera: guhakana ibyaha byose na jenoside ubwayo! Iryo banga rikomeye hagati y’abaregwa n’abavoka babo, ryaba ryarageze n’aho bagabana ku gihembo. Inzitizi ikomeye ku butabera bw’urukiko rwa LONI! Hari ibyo rubanda baba bemerewe kumenya n’ibindi biguma mu […]

Kicukiro: Umuryango wubakiwe umusarani, ugahabwa na ‘Girinka’ urishyuzwa umusoro wa miliyoni 4 FRW

kicukiro_2.jpg

Umuryango w’umuturage witwa Ntahonsigaye Donath utuye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Nyanza mu Kagari ka Nyanza, uratabaza inzego z’ubuyobozi n’abagiraneza babishobora kubafasha bagakurwaho imisoro y’ubukode bw’ubutaka y’arenga miliyoni 4 FRW, aho bavuga ko ku mwaka basabwa urenga 500,000 FRW nyamara no kubona ibyo kurya batabasha kubibona. Kumufasha wahamagara : 0781776139 Mu kiganiro na Bwiza […]

Polisi yihanangirije abakoresha application zitahura Camera z’umuvuduko

Polisi y’u Rwanda yihanangirije abakoresha kuri terefoni zabo application zibafasha gutahura aho yashyize Camera zayo zo ku muhanda zicunga umuvuduko, ishimangira ko bitemewe. Mu mwaka wa 2019 ni bwo Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira Camera ku mihanda itandukanye yo hirya no hino mu gihugu, mu rwego rwo kugabanya impanuka zo mu muhanda ahanini ziterwa n’umuvuduko […]

Byinshi ku irushanwa rishya rya UEFA Super League ryateje impagarara

Amakipe 12 akomeye ku mugabane w’Uburayi, yatangaje ko azitabira shampiyona nshya igiye kujya iyahuza izwi nka UEFA Super League. Ku ikubitiro amakipe yamaze kwemeza ko azitabira iriya shampiyona arimo AC Milan, Arsenal, AtlĂ©tico de Madrid, Chelsea, FC Barcelona, FC Internazionale Milano, Juventus, Liverpool, Manchester City, Manchester United, Real Madrid na Tottenham Hotspur. Byitezwe ko hari […]

Rusizi: Bamwe mu bari bamaze igihe mu bujura bwitwaje intwaro bahoze muri RDF

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko bamwe mu baheruka gufatwa bari bamaze igihe bavugwa mu bujura bwitwaje intwaro mu karere ka Rusizi bahoze mu gisirikare cy’u Rwanda (RDF). Ku cyumweru gishize ni bwo Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafatiye mu karere ka Rusizi abantu 12 ikekaho kwiba mu bihe bitandukanye bitwaje intwaro. Abatawe muri yombi […]

Prof Vincent Duclert yashyikirije Perezida Kagame ya raporo yamwitiriwe

img_20210409_183745.jpg

Umufaransa Vincent Duclert usanzwe ari umuhanga ukomeye mu mateka, yashyikirije Perezida Paul Kagame ‘Raporo Duclert’ yamwitiriwe, ivuga ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Iyi Raporo y’impapuro zirenga 1,200 yashyizwe ahagaragara mu kwezi gushize nyuma ya Komisiyo y’impuguke mu mateka yari yarashyizweho na Perezida Emmanuel Macron ngo icukumbure inyandiko zari mu ishyinguranyandiko zerekeye u Rwanda. […]

Abahakana amateka niba bitabatera isoni, kuki twagira ubwoba bwo guhangana na bo?_Kagame

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye Abanyarwanda kutagira ubwoba bwo guhangana n’abapfobya amateka y’u Rwanda, mu gihe na bo batagira isoni zo kubikora. Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu, ubwo yagezaga ku Banyarwanda n’abashyitsi ijambo rijyanye no kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakoreye Abatutsi. Ni umuhango wabereye muri Kigali Arena, nyuma yo kunamira […]

U Burundi bwashimiye u Rwanda ku bw’ubushake bwarwo mu kuzahura umubano w’ibihugu byombi

Guverinoma y’u Burundi yashimye iy’u Rwanda, ku bw’ubushake rukomeje kugaragaza mu kuzahura umubano w’ibihugu byombi umaze imyaka ikabakaba itandatu warangiritse. Ni nyuma y’uko mu minsi ishize u Rwanda rwafashe umwanzuro wo guhagarika ibitangazamakuru bitatu by’i Burundi byari bimaze igihe bikorera ku butaka bwarwo. Ibi bitangazamakuru birimo Radio RPA na Inzamba; cyo kimwe na Televiziyo Renaissance […]

Perezida Ndayishimiye yagaragaye acungiwe umutekano n’ingabo z’u Rwanda i Bangui (Amafoto)

img_20210329_231238.jpg

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yagaragaye i Bangui mu murwa mukuru wa Repubulika ya Centrafrique acungiwe umutekano n’ingabo z’u Rwanda, igihugu yigeze kwita indyarya. Ku gicamunsi cy’ejo ku wa Mbere ni bwo Perezida Ndayishimiye yasesekaye i Bangui, aho yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Faustin-Archange TouadĂ©ra. Perezida TouadĂ©ra arahirira kuyobora Repubulika ya Centrafrique muri manda ya […]

Rubavu: Ba DASSO bavuga ko bafunzwe, birukanwa ku kazi, bazira gutanga amakuru ku bujura

Niyibizi Jean na Icyishaka Thierry batuye mu Murenge wa Nyundo barashinja ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu kubirukana mu rwego rwa DASSO bakoreraga, ndetse bakanafungwa bashinjwa ibyaha batakoze, bazira kuba baratanze amakuru ku bikorwa by’ubujura byakorerwaga ku biro by’uyu murenge. Niyibizi na Icyishaka bavuga ko intandaro yo gufungwa no kwirukanwa mu kazi ari amakuru batanze kuri ba […]

Uko Didier Drogba yigeze guhagarika intambara yari imaze igihe muri Cîte d’Ivoire

drgb.jpg

CĂŽte d’Ivoire ni igihugu kiri mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’umugabane wa Afurika, kikaba iwabo w’ibyamamare mu mupira w’amaguru birimo: Yaya TourĂ©, Kolo TourĂ©, Emmanuel EbouĂ©, Didier Zokora na Didier Drogba wanditse amateka mu ikipe y’igihugu na Chelsea mu Bwongereza. Iki gihugu cyigeze gushegeshwa n’intambara ishingiye ku makimbirane y’abaturage bo mu majyepfo bari baharagariwe na Perezida Laurent […]

Musanze: Umuryango w’abantu 10 wakuwe mu mutungo ku ngufu, nyuma y’igihe kirekire utakambira Leta

kajyambe.jpg

Umuryango wa Kajyambere Silas ugizwe n’abantu 10 wari utuye mu Mudugudu wa Susa, Akagari ka Ruhengeri, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, tariki ya 16 Werurwe 2021 wakuwe mu kibanza kirimo inzu ebyiri ku ngufu nyuma y’igihe kirekire utakambira Leta nyuma y’akarengane wagiriwe. Intandaro y’ibi bibazo ni agace k’ikibanza nimero UPI: 04/03/08/04/3628 Kajyambere wavutse […]

Ingabire GrĂące ni we Nyampinga w’u Rwanda wa 2021 (Amafoto)

img_20210321_001912.jpg

Ingabire GrĂące wari uhagarariye Umujyi wa Kigali ni we wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2021, ahigitse abakobwa bagenzi be bari barihataniye. Ni nyuma y’ibirori bya nyuma by’iri rushanwa byabereye ku kibuga Intare Arena, i Rusororo mu karere ka Gasabo. Ni ibirori bititabiriwe n’abafana nk’uko mu marushanwa ya Miss Rwanda yatambutse byagiye bigenda, kubera […]

Abarenga 254,000 bamaze gukingirwa Covid-19_Uko igikorwa cyagenze kuva cyatangira

Minisitiri Ngamije yakingiwe ku munsi wa mbere

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda ivuga ko kuva gahunda yo gukingira icyorezo cya Covid-19 yatangira tariki ya 5 kugeza ku ya 13 Werurwe 2021, hamaze gukingirwa Abaturarwanda barenga 254,000. Ni gahunda yatangiye nyuma y’iminsi ibiri inkingo za mbere za Covid-19 zibarirwa mu 342,000; zirimo 240,000 za AstraZeneca n’102,000 za Pfizer BioNTech zigeze mu Rwanda. Uko igikorwa […]

Niba uri Umuhutu ubwo buhutu bwawe ni nde uzaburya?_Perezida Ndayishimiye

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yabwiye abaturage b’igihugu cye ko kwitwa ‘Umuhutu cyangwa Umututsi’ nta wabirya, ashimangira ko icy’ingenzi ari ukurangwa n’ubumwe. Perezida Ndayishimiye yabigarutseho ku wa Mbere tariki ya 01 Werurwe, ubwo yari muri Komini Buraza ho mu ntara ya Gitega, aho yari yitabiriye ibirori byo kwishimira intsinzi y’ishyaka CNDD-FDD mu matora y’umukuru w’igihugu […]

Senateri Evode yavuze uko yageze mu Rwanda, abamubonye bagakizwa n’amaguru

Senateri Evode Uwizeyimana, avuga ko akigaruka mu Rwanda yakiriwe nka Osama Bin Laden, ku buryo n’uwo bari baziranye wamubonaga yahitagamo gukizwa n’amaguru. Senateri Uwizeyimana w’imyaka 50 y’amavuko, yavuye mu Rwanda mu mwaka wa 2007 yerekeza i Montreal ho muri Canada, ahahurira n’abarimo Paul Rusesabagina na Faustin Twagiramungu batangira gukorana. Nyuma yo kuva mu Rwanda aho […]

Mineduc yahaye umukoro ababyeyi mbere y’iminsi ibiri ngo amashuri y’i Kigali afungure

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), yatangaje ko amashuri mu mujyi wa Kigali azasubukura ku wa Kabiri tariki ya 23 Gashyantare 2020, iha ababyeyi umukoro Ku wa Mbere tariki ya 18 Mutarama ni bwo Minisiteri y’Uburezi yari yafashe icyemezo cyo gufunga amashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye yo mu mujyi wa Kigali. Ni icyemezo iyi Minisiteri yari yavuze ko yafashe […]

Bene Habyarimana batabarije Idamange, bahabwa urw’amenyo

img_20210216_174259.jpg

Umuryango wa Habyarimana JuvĂ©nal wasabye Umuryango Mpuzamahanga kuba maso ku kibazo cya Idamange Iryamugwiza Yvonne uheruka gutabwa muri yombi, uhabwa urw’amenyo. Ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki ya 15 Gashyantare ni bwo Idamange yatawe muri yombi, kubera ibyaha bitandukanye akurikiranweho. Uyu mugore yatawe muri yombi akurikiranweho ibyaha birimo guteza imvururu n’imidugararo muri rubanda, nk’uko […]

Ange Kagame yamaganye inkuru imushyira mu rukundo na Kizito Mihigo

img_20210214_230624.jpg

Umukobwa wa Perezida wa Repubulika, Ingabire Ange Kagame, yamaganye inkuru yatambutse mu kinyamakuru The Guardian ivuga ko yigeze kuvugwa mu rukundo na Nyakwigendera Kizito Mihigo. Iyi inkuru yanditswe n’Umwongerezakazi, Michela Wrong, itangazwa na The Guardian kuri iki Cyumweru tariki ya 14 Gashyantare 2021. Ni inkuru yatangajwe habura iminsi itatu ngo hizihizwe umwaka umwe ushize umuhanzi […]

Amb. Karega yasubije Martin Fayulu wavuze ko Perezida Kagame ari we uyoboye RDC

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vincent Karega, yavuze ko u Rwanda “nta gihugu na kimwe ku Isi rucunga cyangwa rwakoronije”, asubiza umunya-Politiki Martin Fayulu urushinja gusa n’urukoroniza Congo Kinshasa. Amb. Karega yatangaje ariya magambo, asubiza umunya-Politiki Martin Fayulu watangaje ko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ari we uyoboye Repubulika Iharanira Demokarasi […]

VIDEO: Amananiza mu ngamba za COVID19-ISANZURE?

Ingamba zimwe ziherutse gufatwa ziravugwamo amananiza, Nigute abantu bazafata ifunguro ntaho kuyafatira ? mu miterere y’abanyarwanda kurira mu nzira ufatwa nk’utagira umuco, abamotari bazafatira he ifunguro? Za office n’amabanki bizasanga byoroye imbeba kubera kuba uburiro. bazajya bagendana amasahane mu nzira , abandi bisange barwaye indwara ziganjemo igifu. -Igice cya 1 VIDEO y’ikiganiro cyose

Muhire yahishuye ko umukunzi we ari we wamuhaye impyiko, ubwo ize zombi zari zirwaye

img-20210208-wa0019_1.jpg

Tariki ya 23 Nzeri 2020 ni bwo BWIZA yabagejejeho bwa mbere inkuru y’umusore witwa Muhire Jean Claude, ubarizwa mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali; akaba yari rwaye impyiko zombi zagombaga gusimbuzwa kugira ngo akomeze kubaho, umuvuduko ukabije w’amaraso na Anemiya. Icyo gihe yari amaze amezi 17 yivuriza mu bitaro bya Kigali (CHUK), abwira […]

Menya impamvu ingamba zo kwirinda Covid-19 zorohejwe kuva mu cyumweru gitaha

Inama y’Abaminisitiri yateranye mu buryo bw’ikoranabuhanga ku wa Kabiri tariki ya 02 Gashyantare iyobowe na Perezida Paul Kagame, yanzuye ko ingamba zo gukumira ikwirakwira rya COVID-19 mu mujyi wa Kigali zari zarashyizweho zizoroshywa kuva mu cyumweru gitaha. Ni nyuma y’iyari yateranye ku wa 18 Mutarama yari yemeje ingamba zitandukanye, zirimo gushyira Umujyi wa Kigali muri […]

Ubutwari mu Banyarwanda, Agaciro kacu – Insanganyamatsiko y’Umunsi w’Intwari wizihizwa bidasanzwe

nyangeheroes.jpg

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 01 Gashyantare 2021, Abanyarwanda barizihiza Umunsi w’Intwari, igikorwa ngarukamwaka gitegurwa hagamijwe guha icyubahiro abantu babaye intangarugero baranzwe n’indangagaciro zo ku rwego rwo hejuru zo gukunda igihugu kugeza n’aho bakitangira ku nyungu z’ababo n’abazakivukiramo bose. Kuri iyi nshuro ariko uyu munsi ukaba wizihizwa kuri internet bitewe n’ibihe bidasanzwe igihugu kirimo […]

City Radio yategetswe kwishyura Oswakim na bagenzi be arenga miliyoni 16

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa 28 Mutarama 2021 rwategetse Genesis Communication LTD-City Radio (City Radio) kwishyura abanyamakuru batanu yirukanye, amafaranga y’u Rwanda (rwf) 16,225,000 arimo ibirarane by’imishahara n’indishyi. Ni nyuma y’aho iki gitangazamakuru gitsindiwe urubanza rwaburanishwaga mu mizi aba banyamakuru (Oswald Mutuyeyezu uzwi nka Oswakim, Rurangwa Gaston uzwi nka Skizzy, Habimana Bonaventure, Muragijemariya […]

Joe Biden na Kamala Harris barahiriye kuyobora Amerika (Amafoto)

img_20210120_200632.jpg

Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden na Visi-Perezida we Kamala Harris, barahiriye kuyobora Leta zunze ubumwe za Amerika mu muhango wabereye i Washington. Umuhango w’irahira ry’abayobozi bashya ba Leta zunze ubumwe za Amerika witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye, barimo abayoboye kiriya gihugu nka Barack Obama, George W. Bush na Bill Clinton. Perezida ucyuye igihe […]

Museveni yashinje u Rwanda gushaka kudobya amatora ya Uganda

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yongeye gushyira u Rwanda mu majwi arushinja kugerageza kudobya amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko yabaye mu Cyumweru gishize. Ku wa Gatandatu ushize ni bwo Komisiyo y’Amatora muri Uganda yemeje ko Museveni yongeye gutorerwa kuyobora kiriya gihugu muri manda ya gatandatu, nyuma yo gutsinda Bobi Wine bari bahanganye […]

Perezida Kagame ari mu nama n’Abaminisitiri bifashishije ikoranabuhanga (Amafoto)

img_20210118_180321.jpg

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, muri aya masaha ayoboye Inama y’Abaminisitiri ishobora gufatirwamo izindi ngamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19. Bitandukanye n’inama zari zisanzwe, inama yo kuri uyu wa Mbere iri kuba hifashishijwe ikoranabuhanga nk’uko ibiro by’Umukuru w’igihugu byabitangaje. Ubutumwa buri kuri Twitter y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu buvuga ko: “Perezida Kagame kuri ubu ayoboye Inama y’Abaminisitiri […]

Live: Perezida Museveni ari gusatira intsinzi

img_20210115_110600.jpg

Mu gihe Komisiyo y’igihugu y’amatora muri Uganda imaze kubarura hafi 65% by’amajwi yose y’abatoye, Perezida Yoweri Kaguta Museveni akomeje gusatira intsinzi izamwemerera kuyobora Uganda muri manda ya gatandatu yikurikiranya. 21:00: Museveni akomeje gukoza imitwe y’intoki ku ntsinzi Amajwi y’agateganyo aheruka gutangazwa na Komisiyo y’Amatora arerekana ko Museveni akiyoboye n’amajwi 62.23%, Robert Kyagulanyi akamugwa mu ntege […]

REB ni rwo rwego rukora nabi mu gihugu kurusha izindi nzego za leta_Ingabire M. Immaculée

Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarengane mu Rwanda, Ingabire Marie ImmaculĂ©e, yanenze cyane Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi (REB), agaragaza ko kiza ku isonga mu gihugu mu gutanga serivisi mbi. Madamu Ingabire yabigarutseho, nyuma y’abenshi mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa Twitter bakomeje kunenga REB bayishinja kubakumira kuri urwo rubuga (block). Abo REB yabrotse kuri Twitter biganjemo abakundaga […]

Uzafatirwa mu Burundi arwaye COVID-19 azahanwa nk’umurozi waje kuroga Abarundi_Ndayishimiye

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, aherutse gutangaza ko umuntu wese uzafatirwa mu gihugu cye arwaye icyorezo cya COVID-19 azahanwa by’intangarugero, ngo kuko ntaho azaba ataniye n’umurozi wagiye kuroga Abarundi. Perezida Ndayishimiye yabigarutseho mu mpera z’ukwezi gushize, mu kiganiro cyatambutse ku bitangazamakuru bitandukanye bya hariya yagiranye n’abanyamakuru ndetse n’abaturage. Mu rwego rwo gukumira ko icyorezo cya […]

Amwe mu mafoto y’indobanure y’igisirikare cya Uganda

ingabo.jpg

Igisirikare cya Uganda cyitwa UPDF (Uganda People’s Defense Force) kuva mu 1995 ubwo cyahabwaga iri zina gikomotse ku mutwe w’ingabo NRA (National Resistance Army) wafashe ubutegetsi mu 1986, uyobowe na Gen. Yoweri Museveni. Kugeza icyo gihe kugeza ubu, UPDF yarubatswe mu buryo bukomeye nk’uko byemezwa na bamwe mu basirikare bakuru, barangajwe imbere n’umuhungu wa Perezida […]

Padiri Ubald ukirwaye yijeje Abakristu ko mu gihe cya vuba bazongera kumubona

Padiri Ubald Rugirangoga kuri ubu ukiri mu bitaro aho akomeje kuvurirwa icyorezo cya COVID-19 yanduye, yijeje Abanyarwanda n’Abakristu muri rusange ko mu gihe cya vuba bazongera kumubona, ashimira abamubaye hafi mu burwayi bwe. Tariki ya 21 Ukwakira ni bwo byamenyekanye ko Ubald wamenyekanye cyane kubera ibikorwa by’isanamitima no gusengera abarwayi bagakira; yanduye icyorezo cya COVID-19. […]

Perezida Kagame yifashishije ifoto y’umwuzukuru we yifuriza incuti n’umuryango we Umwaka Mushya

img_20210101_074055.jpg

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yifashishije ifoto y’umwuzukuru we yifuriza umuryango we n’incuti ze umwaka Mushya Muhire wa 2021 twinjiyemo. Perezida Kagame yifashishije ifoto y’umwuzukuru we kuri Twitter yagize ati: “Umwaka mushya muhire nshuti mwese n’umuryango wanjye.” Umukuru w’Igihugu mu ijambo risoza umwaka, yanifurije Abanyarwanda umwaka Mushya abizeza ko 2021 izababera nziza kurusha 2020 basoje. […]

Patrick Amuriat uri mu biyamamariza kuyobora Uganda yakorewe ibya mfura mbi (Amafoto)

amuriat5-650x433.jpg

Umukandida uhagarariye Ishyaka Forum for Democratic Change (FDC) mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, Patrick Oboi Amuriat, yajyanwe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kuminjwaho ibyuka biryana mu maso na Polisi. Byabereye ahitwa Muwayo, ku muhanda Bugiri-Tororo. Umuyobozi w’ishyaka FDC, Wasswa Birigwa, yavuze ko Amuriat yahuye na ririya sanganya ubwo yamanuraga ikirahure cy’imodoka ye kugira ngo […]

MINEDUC yahumurije abatsindiye kuyobora ibigo by’amashuri bayishinja kubirengagiza

Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya, yahumurije abakoze ibizamini byo kuyobora ibigo by’amashuri bakabitsinda ariko ntibabone akazi bashinja Minisiteri y’Uburezi kubirengagiza, ababwira ko mu gihe cya vuba bazamenyeshwa aho bazoherezwa kuyobora. Ku wa 10 Ukuboza 2019 ni bwo abasabye imyanya yo kuyobora ibigo by’amashuri bakoze ibizamini, bamwe muri bo baza guhabwa akazi abandi bashyirwa ku rutonde […]

Itangazamakuru Nyarwanda ryanenzwe kubaza Kagame ibibazo by’amafuti

img_20201222_145622.jpg

Abanyarwanda bakoresha Imbuga Nkoranyambaga, bifatiye ku gahanga abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru byo mu Rwanda babanenga kubaza ibibazo biciriritse Perezida wa Repububulika, Paul Kagame. Ku wa Mbere tariki ya 21 Ukuboza ni bwo Perezida Kagame yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, nyuma y’uko yari amaze kugeza ku Banyarwanda ijambo ngarukamwaka rigaragaza uko igihugu gihagaze. Ni ikiganiro cyanagizwemo uruhare n’abaturage bari […]

Uko umugore cyangwa umukobwa yamenya ko yasamye adategereje imihango

Nyuma y’iminsi irindwi umuntu w’igitsina gore akoze imibonano mpuzabitsina idakingiye, ashobora kumenya ko yasamye iyo apimye inkari ze akoresheje akuma benshi bakunda kwita “Test de Grossesse/ Pregnancy Test”. Test de grossesse/ pregnancy test” buri wese uzi gusoma, iyo akeka ko yasamye yayigura akagakoresha apima inkari, akamenya igisubizo. Test de grossesse ikora ite? Abahanga mu by’ubuzima […]

Bobi Wine yijeje ab’i Kisoro ko nibamutora bazongera kurongora Abanyarwandakazi

Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine uri muri 11 biyamamariza kuyobora Uganda, yijeje abaturage ko nibamutora igihugu cye kizongera kugendererana n’u Rwanda kugeza n’aho abaturage be bongera kurongora Abanyarwandakazi. Yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu ubwo yari mu gace ka Kisoro (Gisoro), aho yakoreye ibikorwa byo kwiyamamaza mbere yo kwerekeza mu turere twa Rukiga na […]

Kigali: Wa musore wafunzwe azira urukundo yarekuwe ashimira umukunzi we

Urupapuro rufungura Niyigena by'agateganyo

Nyuma y’inkuru y’umusore, Niyigena Jean d’Amour, ukundana n’umukobwa, witwa Irakoze Jeannette, bikaviramo umusore gufungwa. Kuri ubu uyu musore aridegembya kuko amakuru y’ifungwa rye akimara kujya hanze kuwa Kane bwacyeye ku wa Gatanu tariki ya 11 Ukuboza 2020, afungurwa by’agateganyo mu gihe iperereza rigikomeje nkuko inyandiko imufungura ibigaragaza Mu kiganiro bwiza.com yagiranye na Irakoze mu nkuru […]

Polisi mpuzamahanga irahiga Gasana wahagarariye u Rwanda muri UN

Polisi mpuzamahanga izwi nka Interpol imaze amezi agera kuri ane ishyizeho impapuro zo guta muri yombi Ambasaderi EugĂšne-Richard Gasana wahagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Nk’uko bigaragara, Interpol yashyize hanze izi mpapuro tariki ya 14 Kanama 2020, izivugurura tariki ya 18 Kanama 2020. Bigaragara ko akurikiranweho […]

Rubavu: Ikibazo cy’isambu yo mu 1959 Kagame yasabye gukemura, gikomeje kuba ingume

Ku wa 10 Gicurasi 2019 ubwo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagendereraga akarere ka Rubavu, umuturage witwa Ntibankundiye Patrick yamugejejeho ikibazo kijyanye n’isambu y’ababyeyi be yavugaga ko yambuwe n’uwitwa Uwimana Solange. Ntibankundiye yagaragarije Umukuru w’Igihugu ko gukurikirana iyi sambu byatumye umubyeyi we, Urimubenshi Thomas aburirwa irengero, ndetse na we akaba yaragiye afungwa bya hato na […]

Rusizi: Umusore yabenze umugeni we ku munsi w’ubukwe

img-20201206-wa0003.jpg

Mu murenge wa Muganza mu karere ka Rusizi haravugwa inkuru y’umusore witwa Ntirandekura Gad w’imyaka 33 y’amavuko wari witeguye gusezerana muri uyu murenge n’umukobwa wo mu murenge wa Nkombo witwa Mukayakaremye Enatha w’imyaka 28, aho bagombaga kuhasezeranira kuri uyu wa 5 Ukuboza saa tatu z’igitondo, nyuma bakerekeza ku rusengero rwa ADEPR muganza bagasezerana kubana akaramata,bakakira […]

I Burundi bakirije yombi icyemezo cya Loni cyo guhagarika kubakoraho iperereza ryihariye

Abategetsi b’u Burundi bakirije yombi icyemezo cy’Akanama gashinzwe Umutekano mu Muryango w’Abibumbye, Loni, kasabye Umunyamabanga Mukuru w’uriya muryango gukura u Burundi ku rutonde rw’ibihugu bigomba gukorwaho iperereza ryihariye. Mu itangazo kariya kanama kashyize ahagaragara ku munsi w’ejo, kasabye Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres, gukura u Burundi ku rutonde rw’ibihugu bigomba gukorwaho iperereza mu buryo […]

Abiga muri Kaminuza ya Gitwe baheze mu gihirahiro, ntibazi niba bazongera kwiga

Abanyeshuri biga muri Kaminuza ya Gitwe bavuga ko baheze mu gihirahiro, ku buryo batazi niba amasomo bazayasubukura nk’uko mu zindi kaminuza zigenga byagenze mu mezi akabakaba abiri ashize. Amashuri kuva ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza zose, byafunzwe muri Werurwe nyuma y’aho umuntu wa mbere mu Rwanda yari amaze kugaragaraho icyorezo cya Covid-19. […]

Minisitiri Shyaka yasubije mu kazi Gitifu wahagaritswe arengana, nyuma yo gutakamba kw’abaturage

image_1606830898.jpg

Nyuma yo gutakamba kw’abaturage bo mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2020, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase yasubije mu kazi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu murenge wari umaze amezi 6 wahagaritswe bikaza kugaragara ko yarenganyijwe. Uyu Gitifu yitwa Rwango Jean de Dieu, akaba yarahagaritswe by’agateganyo ku mirimo ye n’ubuyobozi […]

Mu minsi 2, inkiko mpuzamahanga zasabye u Rwanda kuriha Mugesera na Rujugiro

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 23, cyaranzwe n’amakuru mu ngeri zitandukanye; ariko by’umwihariko yiganjemo ay’ubutabera, umutekano n’iyobokamana. Aya ni yo twafashe, twegeranyamo ay’ingenzi muri yo, hiyongereyemo n’ay’imikino. Ni aya akurikira: Urukiko rwa Afurika rwategetse u Rwanda guha Dr. LĂ©on Mugesera indishyi Urukiko rwa Afurika ruharanira ubutabera n’uburenganzira bw’ikiremwamuntu (AFCHPR) ku wa 27 Ugushyingo 2020 rwategetse […]

Uburyo igisirikare cya RDC cyazamuye urwego mu gihe gito n’impamvu ibiri inyuma

image_1606284420.jpg

Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kizwi nka FARDC cyashyirwaga ku rutonde rwa bimwe mu bisuzuguritse ku Isi, ahanini bitewe n’uko cyananiwe kurwanya imitwe yitwaje intwaro yashinze ibirindiro mu gice cy’uburasirazuba. Gusa mu gihe gito gishize [nko ku butegetsi bwa FĂ©lix Tshisekedi], iki gisirikare cyagiye cyongererwa imbaraga, ku buryo hari raporo zihamya ko […]

Akarere ka Karongi gatanga amasoko gashingiye ku masezerano matirano

Mu bibazo byabajijwe akarere ka Karongi ubwo kitabaga PAC, higanjemo ibirebana n’itangwa ry’amasoko : ayatanzwe bitanyuze muri “system”, ayatanzwe ku mafaranga ari hejuru y’ingengo y’imari yateganyijwe, ayatanzwe akanama k’amasoko katabigizemo uruhare, ndetse no gukoresha amasezerano batiye utundi Turere. Muri raporo y’Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta ya 2019, akarere ka Karongi kabonye “qualified opinion” (byakwihanganirwa) mu […]

Kigali: Rurageretse hagati y’umunyamategeko w’Umunyarwanda n’Umunya-Pakistan bapfa amasezerano y’ubukode

Ku wa Gatatu tariki ya 18 Ugushyingo 2020, i Kigali ku Kimihurura aho Urukiko rw’Ubujurire rukorera hatangiye isubirishamo ry’urubanza kubera impamvu z’akarengane, aho umunyamategeko w’Umunyarwanda Me Mhayimana Isaie n’ikigo cya KHAAS Ltd gihagarariwe na Amjad Merchant Ali ukomoka muri Pakistani, bari kuburana ku mpamvu z’uko aba bombi bananiwe kumvikana ku bibazo byavuye ku masezerano y’ubukode […]

Cameroon: Umunyarwanda yegukanye agace ka mbere ka GP Chantal Biya (Amafoto)

eng0hlexuai92tl.jpg

Umunyarwanda Mugisha MoĂŻse yegukanye agace ka mbere k’irushanwa ry’amagare rya Grand Prix Chantal Biya riri kubera muri Cameroon. Aka gace ko kuzenguruka umujyi wa Douala kari kagizwe n’ibilometero 95.9. Abakinnyi bagatangiye saa yine ku masaha yo mu Rwanda. Mugisha MoĂŻse wegukanye aka gace ari mu bagize ikipe y’u Rwanda (Team Rwanda). Uko basiganwe n’ibihe bakoresheje […]

Bwa mbere Kabuga FĂ©licien yagejejwe imbere y’urukiko rw’i La Haye

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ugushyingo, Kabuga Felicien ukurikiranweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yagaragaye ku ncuro ya mbere imbere y’Urwego rwasigiwe kurangiza imanza zasizwe n’urukiko rwashyiriweho u Rwanda, ku ishami ryarwo riri i La Haye mu Buholandi. Ku cyumweru nibwo umucamanza lain Bonomy wahawe kuburanisha urubanza rwa Kabuga yari […]