Abaturage b’i Nyaruguru bamenye bamwe mu bagabye igitero-Ubuhamya n’amafoto

Nzabirinda Viateur

Mu masaa sita y’ijoro rya tariki ya 26 Kamena 2020 rishyira iya 27 Kamena ni bwo abagizi ba nabi bitwaje intwaro baturutse mu Burundi bashatse kugaba igitero mu mudugudu w’icyitegererezo Yanza uherereye mu Kagari ka Uwumusebeya, mu Murenge wa Ruheru w’Akarere ka Nyaruguru nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wa RDF, Lt. Col. Innocent Munyengango mu itangazo rigenewe […]

Dore igitero gikomeye cyabayeho mu mateka y’isi ku munsi nk’uyu wa 22 Kamena 1941

Hari ku itariki ya 22 Kamena mu 1941 ubwo u Budage bwagabaga igitero karundura ku Burusiya, iki gitero cyiswe “Operation Barbarossa.” Muri iki gitero kugeza ubu gifatwa nk’icya mbere cyabayeho gikomeye mu mateka y’isi, u Budage bwari bufite ingabo zigera kuri miliyoni eshatu, ibifaru by’intambara 3,000, indege 2,500, byose biyobowe na Hitler. Nubwo iki gitero […]

Rusizi: Abakozi 2 ba MTN basanzwemo COVID-19, aho bakorera hafungwa igitaraganya

Amakuru aturuka mu bakozi ba MTN Rwanda mu mujyi wa Rusizi aravuga ko nyuma yo kubapima icyorezo cya COVID-19, babiri muri bo bagasanga baracyanduye, ubuyobozi bwayo bwahisemo gufunga imiryango icyumweru cyose kuva kuri uyu wa 15 Kamena, kugira ngo hirindwe izindi ngorane zaterwa n’urujya n’uruza rw’abasanzwe bagana serivisi zabo,abanduye bajyanwa kuvurwa abasigaye bashyirwa muri guma […]

Depite Frank Habineza yasabiye abarimu kongererwa umushahara bakanashyirirwaho isoko ryihariye

Kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Kamena 2020, umunyapolitiki akaba n’umudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, Dr Frank Habineza yasabiye abakora umwuga w’ubwarimu ko bashyirirwaho isoko ryihariye bahahiraho ndetse bakanongezwa umushahara kuko uwo baherutse kongezwa ntacyo wigeze uzamura ku bushobozi bwabo. Dr Frank Habineza yabisabye mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, umutwe w’Abadepite ubwo […]

Rwanda: Hashyizweho ikigega cy’imari kigiye gufasha imishinga yahombejwe na Covid-19

Mu rwego rwo guhangana n’ingaruka zatewe n’icyorezo cya Coronavirus mu bukungu bw’igihugu, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho ikigega cy’imari kigamije kuzahura ubukungu bw’igihugu, ku ikubitiro kikaba gitangiranye miliyari 100 z’amafaranga y’u Rwanda. Iki kigega cyahawe izina rya ‘Economic Recovery Fund (ERF)’ kigamije gufasha imishinga yaguye mu bihombo biturutse ku cyorezo cya Covid-19 kongera kwiyubaka igasubira ku […]

Rusizi: Hari abamotari bafashwe n’ihungabana bakimara kumva ko kujya mu muhanda bihagaze

Umuyobozi w'ihuriro ry'amakoperative y'abamotari mu karere ka Rusizi Dusabe Ernest avuga ko kumara igihe kirekire nta kazi byatangiye kubagiraho ingaruka zikomeye.

Ubuyobozi bw’ihuriro ry’amakoperative y’abamotari mu karere ka Rusizi burabatabariza buvuga ko bafite imibereho mibi cyane isa n’idakurikiranirwa hafi n’ubuyobozi kuko n’imfashanyo y’ibiribwa itabageraho, ubwo bari biteze gusubira mu muhanda ku wa 1 Kamena bakabwirwa ko bidashoboka kubera ubwandu bushya bwagaragaye muri aka karere bamwe muri bo bafashwe n’ihungabana rikomeye. Mu kiganiro na Bwiza.com, umuyobozi w’iri […]

Huye: Padiri n’abo yasezeranyaga batawe muri yombi bazira kwica amabwiriza ya Covid-19

None tariki ya 04 Kamena , mu Karere ka Huye, mu Murenge wa Rusatira kuri paruwasi ya Kiruhura , hari abantu batawe muri yombi barimo umukwe n’umugeni ndetse n’umupadiri wabasezeranyaga kubera kurenga ku mabwiriza ya Covid19. Bivugwa ko umuhungu witwa SIBOMANA Pascal yari yarasezeranye mu murenge mbere y’uko Coronavirus igera mu Rwanda , imaze kuhagera […]

Ibuka iravuga ko guha imirimo Musenyeri Ruhumuliza mu itorero Anglican ryo mu Bwongereza ari icyasha

Umuryango Ibuka uragaya icyemezo cy’itorero rya Anglican mu Bwongereza cyo gusubiza mu mirimo Musenyeri Ruhumuliza Jonathan ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Musenyeri Ruhumuliza w’imyaka 64 yari amaze imyaka itandatu yarahagaritswe n’itorero Anglican ryo mu Bwongereza, ashyirwa mu kirihuko cyihariye nyuma y’uko imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch na African Rights […]

Abagenzuzi b’Imari ya Leta mu bitaro barasaba Perezida Kagame kubarenganura

b2-4.jpg

Abagenzuzi bwite b’Imari n’umutungo wa Leta mu bitaro by’Uturere, Intara n’Ibitaro Bikuru, baravuga ko itegeko ribemerera guhabwa agahimbazamusyi ariko bakababazwa n’uko bakimwa, bityo bagasaba Umukuru w’Igihugu kubarenganura nyuma y’aho inzego zitandukanye zikomeje kubaheza mu gihirahiro. Bavuga ko aka gahimbazamusyi (top up) bakimwa kandi itegeko rivuga ko bagomba kugahabwa katarenze 30% by’umushahara wa buri muntu. Ibi […]

U Rwanda ntirwemeranya na Amerika n’Ubwongereza ku bijyanye no kwibuka Abahutu

Leta y’u Rwanda ntivuga rumwe n’ibihugu bya Leta zunze ubumwe za Amerika n’Ubwongereza, ku cyifuzo cyabyo cy’uko Abahutu bishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bajya bibukwa. Muri 2018, Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye yemeje ko tariki ya 7 Mata iba umunsi mpuzamahanga wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Kwemeza iyi tariki byari bigamije “gukosora […]

Abanyarwanda bakoreraga i Goma na Bukavu barasaba Leta kubagoboka

Abaturage bo mu karere ka Rubavu, Rusizi na Nyamasheke bakoreraga muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo baravuga ko bugarijwe n’ubukene bukabije buterwa n’uko imipaka yafunzwe kubera icyorezo cya Coronavirus, bityo bagasaba Leta y’u Rwanda kubagoboka bakabasha kuzagumya gukora kuko n’igishoro bakoreshaga bamaze kukirya. Pacifique Sebatware ucuruza ibinyobwa i Goma abikuye mu Rwanda avuga ko we […]

Ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu bihe by’intambara

Adolph Hitler (uwa kabiri ugaragara mu maso, uturutse ibumoso) ku kiyobyabwenge

Ijambo ‘ikiyobyabwenge’ muri iki gihe ryumvikana nk’ikinyobwa, ibyatsi cyangwa ifu, umuntu akoresha ( anywa cyangwa yitera mu mubiri) bigahindura imikorere y’ubwonko, imyitwarire ye nayo igahinduka. Byumvikana mu bihugu bitandukanye nko mu Rwanda bicukurirwa imyobo, bikamenwamo, ibindi bigatwikwa kuko bitemewe kubikoresha, kubihinga no kubicuruza. Mu Rwanda, ingingo ya 594 mu gitabo cy’amategeko ahana ikomoza ku bihano […]

Prof. Laurent Nkusi wabaye Minisitiri na Senateri yitabye Imana

Prof. Laurent Nkusi yitabiye Imana mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal, i Kigali mu rukerera rw’uyu wa 18 Gicurasi 2020 azize uburwayi. Prof. Nkusi yabaye umwarimu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (1976-2000) yigisha indimi n’ubuvanganzo. Yabaye Minisitiri w’Ubutaka n’Ibidukikije (2000-2003) aba na Minisitiri w’Itangazamakuru (2003-2008). Yabaye kandi umuyobozi ushinzwe amasomo mu ishuri rikuru rya INATEK kuva […]

Amafoto y’Abakuru b’Ibihugu byo mu Karere mu myambaro ya gisirikare

arton38698.jpg

Mu bihugu byinshi, abakuru b’ibihugu ni bo bagaba b’ingabo b’ikirenga. Aba barimo abahoze ari abasirikare ndetse n’abatarigeze bakandagira mu gisirikare. Abenshi muri bo bakunze kugaragara mu myambaro ya gisirikare mu gihe bitabiriye imihango ijyanye n’uyu mwuga nko gusoza amasomo kw’abasirikare n’igihe bagiye kugaba ibitero bikaze nk’uko Idris Deby wa Tchad yabigenje ubwo yatsiburaga abarwanyi ba […]

Gahunda nziza zagenewe abaturage zakoze ku bayobozi basahurira mu nduru

Leta y’u Rwanda mu byerekezo bitandukanye yihaye intego runaka yifuza kugeraho. Izo ntego kugira ngo zigerweho, hagiye hashyirwaho gahunda nziza zinyuranye zigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage ndetse n’ubukungu muri rusange ari nako himakazwa imiyoborere myiza.Gusa izi gahunda zagiye zivangirwa na bamwe mu bayobozi bashaka gusahura ibya rubanda nubwo bamwe bitabaguye neza. Izi gahunda ni […]

Hon. Sebaba: Nta mashyo, nta gira abana, nta Yezu akuzwe, nta yambu na hobe kubera Covid-19

Maze iminsi ndi ku rugamba rutanyoroheye mfatanyije n’abo dusangiye ubuyobozi. Ejo bundi aha nivugiye ko nkumbuye kandi mfite inzozi zo kongera guhura n’abanjye, inshuti zanjye dusangira akabisi n’agahiye maze ubusabane bukaba bwose. Ndabona inzozi zanjye zarabaye impamo kuko ntashobora gutekereza gukandagiza ibirenge byanjye muri ” Tarinyota” na “Tapi Ruje”, naherukaga muri Werurwe. Ibyo nahaboneye ariko […]

Amoko n’ibiranga ubutegetsi bwa politiki

Muri kino gihe, si abantu benshi bafite ubumenyi buhagije ku moko n’ibiranga ubutegetsi bwa politiki (types and characteristics of political regimes). Ni yo mpamvu bwiza.com yiyemeje kubiva imuzi, n’ubwo atari byose, kugira ngo igaragaze bimwe mu bintu byatuma umusomyi agira igitekerezo kuri iyo ngingo ya politiki. Mbere ya byose, ni byiza kubanza kumenya icyo politiki […]

Rusizi: Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere na bamwe mu ba Gitifu b’imirenge basezeye ku mirimo yabo

Inama yahuje Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Munyantwali Alphonse, abagize Komite Nyobozi y’Akarere ka Rusizi na bamwe mu bagize inama y’umutekano itaguye y’aka karere, yakiriye amabaruwa y’ubwegure bw’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’aka Karere, Mushimiyimana Ephrem n’abandi bayobozi barimo ba Gitifu b’imirenge batatu. Nk’uko amakuru agera kuri Bwiza.com akomeza abivuga, uretse Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Aka karere wari uri kuri uyu mwanya […]

Isano hagati y’amadini na leta: abafatanyabikorwa cyangwa abasenyabikorwa

Idini na Leta ni inzego ebyiri zigira aho zihurira zikanagira aho zitandukanira, zuzuzanya cyangwa buri rwego rwigenga rimwe na rimwe. Mbere yo gucukumbura imikoranire iri hagati y’izo nzego, kureba niba ari abafatanyabikorwa cyangwa abasenyabikorwa, ni byiza kubanza kumenya “idini” na “leta” icyo bivuze. Idini ni iki? Mu gitabo cye yise “Ukubaho k’umuntu” Musenyeri Alexis Kagame, […]

Covid-19: Inama y’Abaminisitiri yemeje serivisi n’ibikorwa umunani byemerewe gukora

img-20200501-wa0006.jpg

Inama y’Abaminisitiri Idasanzwe yateranye kuri uyu wa 30 Mata 2020 iyobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Kagame Paul yemeje ko serivisi n’ibikorwa umunani ari byo byemerewe gukora mu rwego rwo kuzahura ubukungu muri iki gihe cya Covid-19. Serivisi n’ibikorwa byemerewe gukora ni ibi bikurikira: Ibikorwa by’Inzego za leta n’iby’abikorera byemerewe kongera gukora ariko buri […]

Indishyi: Rusizi na Kabarondo bararira nk’uko byagenze muri Cadi

Kubona indishyi, nk’agaciro k’igihombo uwahohotewe aterwa n’icyaha yakorewe, ni urugamba rw’abahohotewe b’i Rusizi n’i Kabarondo mu Rwanda, rusa n’urw’ababuriye ababo mu gihugu cya Cadi. Itandukaniro ni uko abo muri Cadi babuze izo ndishyi barazitsindiye ubwo ubutabera muri Senegal bwakatiraga burundu Hissene Habre wabahohoteye. Ni mu gihe ku bo mu Rwanda, ubutabera bwa Suwedi n’ubw’u Bufaransa […]

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’inzego za RDF

Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Perezida Kagame Paul kuri uyu wa 25 Mata 2020 yakoze impinduka mu buyobozi bw’inzego zirimo ubw’ikigo cya gisirikare cya Gabiro, ishuri rya Gako n’ibitaro bya Kanombe. Impinduka ni izi zikurikira: Gen. Maj. Innocent Kabandana wari Umugaba Mukuru wungirije w’Inkeragutabara yagizwe umuyobozi w’ishuri rya gisirikare rya Gako. Brig. Gen. Ephrem Rurangwa […]

Gisagara: Umuturage aravuga ko imyuka mibi irara itera amabuye mu rugo rwe

NSABIMANA Jean Pierre , uvuga ko urugo rwe ruterwa amabuye n'imyuka mibi

Umuturage witwa Nsabimana Jean Pierre, utuye mu kagari ka Kimana, mu murenge wa Musha w’akarere ka Gisagara, aravuga ko amaze igihe aterwa amabuye n’ibyo ahamya ko ari “imyuka mibi”. Uyu muturage utuye mu mudugudu wa Ramba, avuga ko bigitangira ku mugoroba wo ku wa mbere w’iki cyumweru yaketse ko ari abantu batera amabuye hejuru y’inzu […]

Covid-19 ikomeje kweguza abayobozi bakomeye mu bihugu bitandukanye

Mu gihe imibare y’abandura ndetse n’abicwa n’indwara y’icyorezo ya Coronavirus (Covid-19) ikomeje kuzamuka mu bihugu bitandukanye ku Isi, bamwe mu bayobozi bakuru batangiye gukuramo akabo karenge, bava mu nshingano bahawe ahanini bitewe n’amakosa bakoze mu guhangana n’iki cyorezo no kubura ibisubizo byakemura iki kibazo. Iyi nkundura cyatangiriye mu Budage mu mpera za Werurwe 2020, ubwo […]

Ubumwe bw’Abanyarwanda mbere y’umwaduko w’amadini

umwami.jpg

Mu nyandiko za Bibiliya mu gitabo cy’Intangiriro umutwe wa 11 umurongo wa mbere kugeza ku murongo wa munani, havuga iby’igitekerezo cy’umunara w’ibaberi bavuga ko hari abantu bari batuye hamwe bavuga ururimi rumwe basangiye intego n’icyerekezo cyabo, nyuma ngo baje kugira igitekerezo cyo kubaka umunara muremure ugera ku bicu kugira ngo babashe kumenyekana ku Isi yose […]

Ibyaranze Fidel Castro wakoze mu ijisho ry’Amerika, kuvuga ijambo amasaha 7, akarokoka imfu zisaga 600

161203-zaleski-zoe-valdes-tease_bqwymw.jpg

Fidel Castro wayoboye CUBA yari Umukuru w’Igihugu wa mbere warambye ku ubutegetsi ku Isi , kandi yari perezida uruta abandi mu myaka, naho leta zunze umwe z’Amerika zagerageje kumukuraho birananirana. Ni umwe mu bakuru b’igihugu bahanganye kandi basuzugura Amerika ku buryo bugaragara. Fidel Castro yivugiye ko yarokotse imfu zisaga 600 z’abashakaga kumwirenza. Fidel Castro ni […]

Kabarondo : Ngenzi, Barahira na Covid-19 ku munzani w’ubugome

Abarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 b’i Kabarondo, mu Karere ka Kayonza, basanga ubugome Barahira Tito na Ngenzi Octavien bakoresheje mu kubica ari indengakamere kuruta na Covid-19, icyorezo kirimo kurimbura isi, kinababujije kwibuka ababo mu buryo bari bamenyereye. Ku wa gatatu tariki 13 Mata 1994; ku wa mbere 13 Mata 2020: imyaka 26 iruzuye! Kuva […]

Politiki, intwaro kirimbuzi ikomeje kugarika ingogo muri ibi bihe bya Coronavirus

Iyi ni tweet ya WHO yo ku wa 14 Mutarama 2020

Kuva indwara y’icyorezo ya Coronavirus (COVID-19) yagaragara ku Isi, hamaze gutakara ubuzima bw’abantu benshi ariko hari impungenge ko imibare ishobora kuzamuka cyane bitewe n’impamvu nyinshi, politiki ikaza ku isonga. Kugira ngo byumvikane neza, birasaba guterera ijisho mu Bushinwa, aho umurwayi wa mbere w’iki cyorezo yagaragaye mu mugi wa Wuhan mu Gushyingo 2019 ariko byasabye igihe […]

U Rwanda mu bihugu bya Afurika bisabwa gufungura abanyamakuru

Umuryango utegamiye kuri Leta wo kurengera abanyamakuru, the Committee to Protect Journalists (CPJ) urasaba ibihugu bitandukanye byo ku Mugabane wa Afurika birimo n’u Rwanda, gufungura abanyamakuru bafunzwe ku bw’akazi bakora kubera icyorezo cya Coronavirus. Ubu busabe bushyigikwe n’indi miryango 80 ifite aho ihuriye n’uburenganzira bwa muntu, ubwo gutanga ibitekerezo n’ubw’ikiremwamuntu. Mu ibaruwa igaragara ku rubuga […]

Ngenzi na Barahira: Abahohotewe batezwe imitego y’ikinyoma

Imyaka 26 irashize, Barahira Tito na Ngenzi Octavien, bigeze gusimburanwa ku buyobozi bwa Komini Kabarondo mu Burasirazuba, bagabye ku batutsi ibitero byo kubarimbura. Hashize hafi imyaka 2 Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris rwemeje burundu uruhare rwabo runabahanisha igifungo cya burundu. Ku bahohotewe, urugendo rugana ku butabera rwaranzwe n’ukuri guke, ndetse n’ibinyoma ku bakabarengeye. Kuva i […]

Bageze iwabo i Nyaruguru/Gisagara nyuma y’iminsi itatu bavuye i Rubavu n’amaguru

Abagabo n’abasore barindwi baherutse gukora urugendo n’amaguru baturutse mu Karere ka Rubavu bakagera mu turere twa Nyaruguru na Gisagara bitewe n’ingamba leta yafashe mu gukumira COVID_19 (Coronavirus) bavuga ko bagezeyo amahoro n’ubwo batorohewe n’uburebure bwarwo. Aba ni Nsekanabanga Eric w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu murenge wa Kigembe mu Karere ka Gisagara; Minani Emmanuel w’imyaka 27, […]

Ubuhanuzi kuri Operation simusiga ku bakuru b’amatorero n’amadini

Ku wa 30 Werurwe 2020, guhera mu masaa saba ntabwo nigeze mbona ibitotsi. Si ukubera kawa nyinshi nari nanyoye ahubwo ni ubutumwa bwangezeho bwantwaye umwanya kugira ngo mbusobanukirwe neza. Narabwumvishe kandi mbubonesha n’amaso. Icyo bwanyeretse n’icyo bwambwiye Ubu butumwa bwanengaga bamwe mu banyamadini n’amatorero n’abashumba babo badashobora gufasha abakirisito babo kandi babifitiye ububasha, babitse ibigega […]

Abakozi b’Imana n’abahanuzi bari he ngo bakize igihugu COVID_19 n’igifungo cyayo?

image-104.jpg

Mu Rwanda cyane hirya no hino muri Kigali ntiwarengaga kilometero imwe (1Km) utanyuze aho bari gusenga, aba bose bahuriza ku buhanuzi, gukiza indwara zananiranye no kubona imigisha myinshi cyane, iyo kubona ubutunzi n’ibindi bibushamikiyeho ariko muri ibi bihe twugarijwe n’icyorezo cya Covid-19, wakwibaza aho baherereye ngo bagikize Abanyarwanda n’Abaturarwanda ndetse n’ingaruka zacyo zirimo n’igifungo cyo […]

Rusizi: Abakora uburaya bavuga ko hatagize igikorwa inzara ishobora kubicana n’abana babo

Abakora uburaya mu mujyi wa Rusizi basanzwe babyemera baravuga ko muri iki gihe cy’ingamba zo kwirinda COVID-19 babayeho mu buzima bubi cyane burimo inzara , ubwoba bwa buri gihe bwo kwirukanwa mu nzu bacumbikamo babuze icyo bishyura, abafite abana bakavuga ko batakibona icyo babagaburira. Mu kiganiro na Bwiza.com, bamwe muri bo basanzwe biyita ‘abatabazi’ kubera […]

Rusizi: Umuceri wa Bugarama urarya umugabo ugasiba undi

Abatuye umujyi wa Rusizi baravuga ko batumva impamvu y’izamuka rikabije ry’igiciro cy’umuceri wa Bugarama aho umufuka wa Kg 25 wavuye ku Frw 19, 000 waguraga ku wa 16 Werurwe ukagera Frw 25,000 guhera ku wa 18 Werurwe n’indi minsi yakurikiyeho. Aba baturage baribaza impamvu abacuruzi b’uyu muceri barenga ku mabwiriza yashyizweho na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda […]

Musanze-Nyarugenge: Gucungana n’abayobozi, isuku nke n’izamurwa ry’ibiciro mu gihe cya Coronavirus

Muri iki gihe leta y’u Rwanda yafashe ingamba zo guhagarika ibikorwa hafi ya byose mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Coronavirus, mu turere turimo Musanze na Nyarugenge haranzwe n’imyitwarire itandukanye y’abaturage, bigaragara ko batarasobanukirwa cyangwa birengagiza nkana amabwiriza yashyizweho. Mu murenge wa Remera/Musanze Umunyamakuru wa bwiza.com yageze mu murenge wa Remera mu karere ka Musanze […]

Abarwayi 17 ba Coronavirus bahuye n’abasaga 600: Min. Dr. Ngamije

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu hasuzumwe abantu 130 Coronavirus hakaba nta bwandu bushya bwigeze bugaragara bigatuma umubare w’abanduye uguma kuri 17. Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yavuze ko muri rusange abantu banduye Coronavirus uko ari 17 bahuye n’abasaga 600 muribo abamaze gusuzumwa bakaba ari 467 barimo n’abasuzumwe kuri uyu wa Gatandatu 130 […]

Ingabire ImmaculĂ©e atewe impungenge n’ubuke bw’ingamba zifatwa mu gukumira Coronavirus

Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarengane mu Rwanda (Transparent International Rwanda), Madamu Ingabire ImmaculĂ©e atewe n’impungenge n’ubuke bw’ingamba igihugu kiri gufata mu gukumira icyorezo cya Coronavirus. Muri iki gihe, Isi ihangayikishijwe n’iki cyorezo kimaze gutwara ubuzima bw’abantu bakabakaba 12,000 naho abarenga 284,000 bamaze kucyandura nk’uko World Ometers babitangaje kuri uyu wa 21 Werurwe 2020. Iki […]

Imibare igaragaza uko Coronavirus ihagaze ku Isi

416b0810-4169-4b59-a2c3-dbe78bee0475_1_.jpg

Indwara ya Coronavirus (COVID-19) imaze kuzahahaza Isi kuva yakwibasira Ubushinwa mu Mpera z’umwaka wa 2019, mu gace ka Wuhan mu Ntara ya Hubei. Iyi ndwara yagiye ikwirakwira ku Isi binyuze mu kuyanduzanya hagati y’abantu. Kuri ubu nta Mugabane wo ku Isi iyi ndwara itarageraho. Dore uko imibare ihagaze kugeza ubu nk’uko ibitangazamakuru mpuzamahanga bibitangaza ndetse […]

Amafoto: Uko byari byifashe i Gatuna ahabereye inama yahuje Kagame na Museveni

924bdbf1-41f5-46b1-bdfc-d0650818c285.jpg

Kuri uyu wa 21 Gashyantare 2020 hari inama ihuza abakuru b’ibihugu by’u Rwanda, Paul Kagame, Uganda, Yoweli Museveni Angola, Joao Lourenço na RDC , Felix Tshiskedi ku mupaka wa Gatuna/Katuna. Iyi nama igamije gusuzuma ishyirwa mu bikorwa by’amasezerano y’i Luanda muri Angola agamije gukemura ibibazo by’umubano mubi uri hagati y’u Rwanda na Uganda. Dore uko […]

Mwalimu na afande: Ni nde ukwiriye kuzamurirwa umushahara mbere y’undi?

Abarimu cyangwa se abarezi mu mashuri abanza n’ayisumbuye, abapolisi ndetse n’abasirikare bato (ba Afande) ndabasuhuje mu cyubahiro cyanyu mbagomba bitewe n’umurimo ukomeye mukora. Iyo mbatekereza ndeba no kuri ya mafaranga muhembwa ukwezi kurangiye (umushahara), bikaba n’ubwo nka bamwe muri mwe akererwa kubageraho. Aha ndavuga ku mushahara wa mwarimu wa Mutarama atarahabwa, ubu tukaba dukabakaba mu […]

Gasabo: Abaturage bavuga ko ubucuruzi bw’amazi bwahariwe umukire, bagashoka ibishanga

Aba bavuye kuvomera kwa Twagirimana

Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Gasabo, Umurenge wa Rusororo mu Kagari ka Mbandazi, bavuga ko icyo bita ‘ubucuruzi bw’amazi’ bw’umukire witwa Twagirimana Theoneste uzwi ku izina rya Rujugiro bwatumye bafungirwa amazi , ubu umwaka ukaba umaze kurenga bamwe muri bi baragannye kuvoma mu bishanga. Abaturage mu majwi atandukanye, bose basabye Bwiza.com ko amazina […]

Uko ruswa ituma abo muri ruhago bataha barira, abandi bagaseka

Umupira w’amaguru usigaye usa n’uwabaye ifunguro ku benshi mu bafana bawihebeye, gusa hari byinshi bidakunze kuvugwaho rumwe muri iyi siporo ifatwa nk’iya mbere ikunzwe ku isi kurusha izindi abantu batabona, ariko bikabagiraho ingaruka. Intego ya mbere ruhago turabizi ko ari uguha abakunzi bayo ibyishimo, n’ubwo hari abarebye kure bagahitamo guhindura uyu mukino ubucuruzi, intego ari […]

Abakozi babiri muri Minisiteri y’Ubuzima birukanwe n’uwatwitswe n’umugore we mu nkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 27 Mutarama kirangira tariki ya 2 Gashyantare 2020. Twamaze kugitera umugongo, dutangira ikindi. Ni umwanya wo kwiyibutsa inkuru z’ingenzi zakiranze, ziganjemo izidasanzwe. Imikino n’imyidagaduro biza mu gice cy’inyuma cy’iki cyegeranyo. Ikaze! Umupangayi yakomerekeje nyir’inzu amwita Interahamwe n’Umuhutu Mu gihe u Rwanda rumaze gutera intambwe ishimishije muri gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge no […]

Urukuta rutandukanya u Rwanda na RDC, u Rwanda na IsraĂ«l mu guhashya iterabwoba mu nkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 13 kirangira tariki ya 19 Mutarama 2020. Twamaze kugitera umugongo, twinjira mu gishya gusa ni ngombwa ko twiyibutsa zimwe mu nkuru z’ingenzi zakiranze, cyane cyane izigifite icyo zivuze muri iki cyumweru twatangiye. Nk’uko bisanzwe iki cyegeranyo kirimo inkuru za politiki, umutekano, utuntu n’utundi, imikino ndetse n’imyidagaduro. Igitekerezo cyo kubaka urukuta […]

Umwaka wa 2019: Nta mihigo idahigura imibereho myiza

Kuva imihigo yatangira mu mwaka 2006, umwaka wa 2019 ni wo wa mbere utabayemo igikorwa cyo guhigura no guhiga. Kudahigura neza ibibazo by’imibereho myiza y’umuturage, iri mu cyerekezo 2020, ngo byaba byarabaye nyirabayazana w’iryo subikwa. Umuhango wo kwesa imihigo ya 2018/2019 no gushyira umukono ku mihigo ya 2019/2020 wari uteganyijwe ku wa Kabiri tariki ya […]

Ireme ry’uburezi; inkingi ya mwamba ku buzima bw’igihugu, imbogamizi ziburimo zakemurwa zite?

Mu Rwanda si ubwa mbere havuzwe ‘ireme ry’uburezi’ bigasobanura uburezi cyangwa se imyigishirize ituma abanyeshuri bagira ibyo batora mu byo bize, ibikorwaremezo mu burezi bikiyongera kandi bikabyazwa umusaruro. Igikomeye gikomozwaho cyane ni icyo umunyeshuri ashobora gukora nk’umusaruro uturuka mu byo yize; aha ashobora kwikorera cyangwa agakorera abandi (akitwa intyoza mu kazi). Uburezi bw’u Rwanda bwageze […]

Ari ibikoresho by’isuku ku b’igitsinagore n’ibiribwa mu Rwanda, ni iki gikenewe gukurirwaho imisoro?

b427e5d3-ab34-489e-ac08-86defcd75ef6.jpg

Ubusanzwe Leta ni yo ireberera abaturage, ikabarinda ndetse igaharanira inyungu zabo n’ibindi byabateza imbere. Ibi bikorwa mu gufata ibyemezo bijyanye n’izi ngingo zavuzwe haruguru. Umuhanga mu by’imibereho y’umuryango mugari (sociologist), Umunyafinilande, Dr Kaarle Tapani Jorma Johannes Magnus Bertel Nordenstreng avuga ko sosiyete (umuryango mugari) ifatika igirwa n’inzego bitatu by’ingenzi: 1. Leta n’izindi nzego ziyishamikiyeho 2. […]

Harasabwa ko abakorera abanyamulenge jenoside bafatwa bagashyikirizwa ubutabera

Mu itangazo ryashyizweho umukono i Bukavu ku wa 20 Ugushyingo 2019 na Me Bukuru Ntwari, umunyamategeko, umushakashatsi akaba n’umusesenguzi mu byerekeye kurengera ikiremwa muntu, yifuje ko abo yise ko bakora jenoside y’abanyamulenge bagezwa imbere y’ubutabera. Muri iryo tangazo yerekanamo imitwe itandukanye n’amazina y’abantu bamwe bakwiriye kwamwaganwa ku isi yose, bagasabwa guhagarika guhonyanga ubwoko bw’abanyamulenge. Muri […]

Neretse: Nk’inshuti y’abatutsi, yashyize ubuzima bwe mu kaga abafasha

Ubwo yari imbere y’urukiko rwa rubanda rw’i Buruseli, mu cyumweru cya kabiri cy’urubanza rwe, Neretse Fabiani yahakanye atsemba uruhare urwo ari rwo rwose muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Byaba kuba yaricishije abaturanyi be b’i Nyamirambo muri Kigali, byaba se kuba hari abantu bishwe n’umutwe w’interahamwe yashinze aho avuka i Mataba ho mu Ruhengeri. Kuri […]

Rwanda clarifies request to cancel second bilateral meeting with Uganda

Rwanda has explained reasons behind a request to postponement of the second meeting of the AdHoc Commission to review the implementation of the Luanda Agreement which was scheduled for November 18 in Kampala. The Minister of State for Foreign Affairs in charge of East African Community Amb. Olivier Nduhungirehe told KT Press that several members […]

Rwanda: Uhaba wa maji safi wazuka Wilayani Rubavu

Uhaba wa maji umejitokeza Kijijini Rugerero, Wilayani Rubavu ambako kuna wakazi wanaotimiza mwezi bila kupata maji safi. Wakazi wameambi televisheni ya TV 1 kuwa wana boma la maji lakini ni kama onyesho kwani halitoi maji. Wakazi wamesema kuna wakati ambapo wanapata maji kutoka Mtoni Sebeya. Kiongozi wa Tarafa la Rugerero, Faustin Nkurunziza amesema tatizo la […]

Open letter to the UN Secretary-General

RE: Request for intervention to the Banyamulenge people. Secretary General, I am writing this letter to you to use your power and ability so that you can intervene on the side of the Banyamulenge people in the Congo who are facing the killings and massacres now. In fact, sir, the reason that drives me to […]

Uganda n’u Rwanda: Ingaruka z’umubano mubi ku baturage n’izindi nzego

Imyaka ibiri irirenze umubano w’ibihugu byari inshuti kuva mu bihe byo ha mbere ( u Rwanda na Uganda) utifashe neza. Impande zombi zishinjanya kugira uruhare mu guhindanya uyu mubano ku mpamvu zitandukanye, ahanini zishingiye ku mutekano w’ibihugu byombi. Impande enye z’ingenzi zikomeje kugerwaho n’ingaruka z’uyu mubano mu buryo turavugaho. Amateka atwereka ko u Rwanda na […]

Ibaruwa ifunguye yadikiwe Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), itabariza Abanyamulenge

Nyakubahwa Munyamabanga Mukuru Mbandikiye iyi barwa ifunguye ngamije kugira ngo mbatabaze, ku bwo ubushobozi bwanyu, kugira icyo mukora cyihutirwa mugatabara abaturage b’abanyamulenge muri Congo bugarijwe n’ubwicanyi n’ibindi bikorwa by’ubunyamaswa bibagirirwa muri iki gihe turimo. Ikinteye kubatabaza ni uko nzi kandi nizera ko mubifitiye ububasha n’ubushobozi cyane ko mufite ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, […]

Hali ya wasiwasi yaendelea kutanda Sudani Kusini

Mazungumzo kati ya pande zinazohasimiana nchini Sudan Kusini yameahirishwa kwa siku mbili, wakati huu kukiwa na wasiwasi kuhusu uwezekano wa kuundwa kwa Serikali ya umoja ifikapo Novemba 12. Mazungumzo kati ya rais Salva Kiir na mwenzake Riek Machar yalikuwa yafanyike Jumanne wiki hii lakini yakaahirishwa bila ya uwepo wa sababu za msingi. Taarifa kutoka taasisi […]

Land related wrangles dominate ombudsman’s year report

The Ombudsman, Anastase Murekezi, yesterday presented his 2018/2019 annual report to members of both chambers of parliament. The report makes recommendations in the areas of the office’s mandate to fight corruption and injustice, declaration of assets by public officials, and assessing whether laws governing access to information and leadership code of conduct among others are […]