• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
    Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
    U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga
    Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama
    Nyarugenge: Uwahoze ari Umuyobozi wa RCA aratangira kuburanishwa kuri uyu wa Gatatu
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
    FERWAFA yamaganye amagambo umutoza w’Amavubi y’abagore yatangaje ku bakinnyi ba Ghana
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Byinshi ku ndege ziswe iz'umunsi w'imperuka

ibyegeranyo

Byinshi ku ndege ziswe iz’umunsi w’imperuka

Yanditswe na NKUNDABANYANGA Ildephonse
Yanditswe kuwa 25/01/2023 14:32

Kuva intwaro kirimbuzi zakora amabara mu ntambara ya kabiri y’Isi ku mijyi y’Abayapani mu mwaka 1945, isi yose yahise ihinda umushyitsi bitewe n’ubukana bw’ibyo bisasu. Magingo aya ni bwo gukangisha izi intwaro zasenya ibiriho byose biri ku kigero cyo hejuru.

Bitewe n’intambara iri kubera muri Ukraine, u Burusiya bwakomeje kugenda buvuga ko igihe umutekano wabwo uza ugeramiwe, buzakoresha intwaro za kirimbuzi.

Ku rundi ruhande rwa Leta zunze ubumwe z’Amerika, na yo ntizuyaza guha gasopo u Burusiya ko nibukoresha izi ntwaro, nta kabuza buzishyura ikiguzi gikomeye.

Bivugwa ko intwaro kirimbuzi zirashwe ku Isi, nta kinyabuzima nakimwe cyasigara kigihumeka. Ibyo rero byatumye ibihugu by’ibihange byubaka indege zahungishirizwamo abatagegetsi babyo.

Ibihugu bifite indege zahungishirizwamo abategetsi igihe haraswa intwaro z’ubumara ni bibiri gusa mu Isi, ari byo u Burusiya mu indege yabwo bwise Ilyushin Il-80 ndeste na USA mu ndege yabo Boeing E-4B.

Izi ndege ni zo ziswe iz’umunsi w’imperuka kuko bivugwa ko izi ntwaro niziraswa izaba ari imperuka ku kiremwamuntu.

Ilyushin Il-80 y’Abarusiya ikoze ite?

Iyi ndege kabuhariwe y’u Burusiya Ilyushin Il-80, ibihugu byo mu Burengerazuba bw’isi buyita Maxdome nk’uko raporo y’umuryango NATO ibivuga. Mu Burusiya iyi ndege bayihaye izina "Aimak", cyangwa "Eimak".

Bivugwa ko iyi ndege yakozwe bwa mbere mu mpeshyi yo mu mwaka w’1985 mu gihe cya Leta zunze ubumwe z’Abasoviyeti.

Iyi ndege nta madirishya ifite kugira ngo umwuka w’ubumara utinjiramo mu gihe haraswa intwaro kirimbuzi, gusa hariho ikirahure imbere aho abapiloti bicara kugira ngo bayobore indege, ikaba ifite n’umuryango umwe.

Iyi ndege ifite ikoranabuhanga ryo kureba ibirindiro byose by’Abarusiya aho biri ku Isi. Igihe Perezida yaba ari muri iyo ndege, yaba afite ubushobozi bwo kurasa ibisasu aho ashaka hose ari mu kirere.

Boeing E-4B ya USA

Indege y’umunsi w’imperuka kuri Leta zunze ubumwe z’Amerika bayise Boeing E4B, bakunda no kuyita " Nightwatch Doomsday Plane ," ikaba ifite agaciro ka miliyoni zigera kuri 223 z’amadolari.

Iyi ndege yakozwe mu mwaka w’1973 rwagati mu ntambara y’ubutita. Ubu USA ifite izigera kuri enye.

Nubwo bigoranye kumenya ibyo iyi ndege ishobora gukora byose n’uburyo ikozemo, hari bike byabashije kumenyekana. Bivugwa ko ishobora gutwara abantu 112, ikaba ifite moteri enye za rutura kandi ikaba ishobora kumara amasaha 12 iri mu kirere.

Bitangazwa ko kandi ishobora kuguruka andi masaha menshi benzine yashizemo itarongerwamo indi. Kimwe n’indege y’Abarusiya, na yo nta dirishya igira, ikaba ikoze mu cyuma gituma itaraswa ibisasu.

Boeing E-4B ifite n’irindi koranabunga rihanitse ryatuma abayirimo bagenzura ibirindiro by’ingabo z’Amerika kandi bakaba bakwakira amakuru yo mu Isi bari mu kirere kuko hari uburyo bwo kwakira amashusho y’ibyogajuru biri mu isanzure.

Muri rusange nk’ibisanzwe birazwi neza ko amakuru ya gisirikare atajya apfa kumenyekana yose kuko izi ndege zombi zigenzurwa n’ingabo z’ibi bihugu, bivuze ko hari menshi na n’ubu abantu batari bazimenyaho.

Gusa ikizwi neza ni uko izi ndege ziriho ndetse na bimwe mu bizigize bikaba byaramenyekanye, ariko bamwe bajya kure bagashidika ku bushobozi bwazo, bakavuga zifite ikoranabuhanga riteye imbere ariko na none rishobora kuba rikabirizwa.

Izindi Nkuru Bijyanye


Ibigwi by'abajenerali 12 bashyizwe mu kiruhuko
Ibigwi by’abajenerali 12 bashyizwe mu kiruhuko
Abantu 10 ba mbere bagize uruhare mu guhindura amateka y�Isi mu kinyejana cya 20
Kajugujugu 10 za mbere ziringirwa ku rugamba ku Isi
Kajugujugu 10 za mbere ziringirwa ku rugamba ku Isi

Izindi wasoma

Ibigwi by’abajenerali 12 bashyizwe mu kiruhuko

Ibihugu bya Sudani n’u Burundi imbere ku rutonde rw’ibimaze kubamo coup d’etat nyinshi

Imitwe ya Special Forces 15 ya mbere iteye ubwoba ku Isi mu 2023

Urutonde rwa Coup d’etat ziheruka gukorwa muri Afurika y’iburengerazuba no hagati

Ibihugu 50 bya mbere binini kurusha ibindi ku Isi n’ubuso bwabyo

NKUNDABANYANGA Ildephonse
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

1 Ibitekerezo

NSANZUWERA Evariste Kuwa 26/01/23

All whatever happens, we all live on the earth which is considered like grain placed somewhere.

Do them live ever? Nooooo

Subiza ⇾

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu

Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman

Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw'abo ruhiga
U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
27/09/23 06:00
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
27/09/23 06:00
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
26/09/23 17:04
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero
26/09/23 16:39
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero
Amakuru

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

U Burusiya bwashyize Piotr Hofmanski ukuriye Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku rutonde (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama

Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi z’u Burusiya zikorera ku Nyanja y’Umukara akaba n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Nyarugenge: Uwahoze ari Umuyobozi wa RCA aratangira kuburanishwa kuri uyu wa Gatatu

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 27 Nzeri, urukiko rwibanze rwa Nyarugenge ruratangira (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
ubutabera

Ngoboka yagaragaje ibyaha byinshi ahamya ko yageretsweho azira itangazamakuru

Umunyamakuru Ngoboka Sylvain wigeze kumara iminsi 45 mu kigo cy’inzererezi cya Tongati mu (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.