U Rwanda ruvugwaho gushishoza cyane mu gihe rushora amafaranga mu bwirinzi rukagura ibikoresho gusa by’ihariye kandi bifite ingufu ugereranyije n’ibihugu byo mu karere ndetse no muri Afurika y’uburengerazuba, aho tugiye kurebera hamwe intwaro eshanu za mbere zihambaye zitunzwe n’igisirikare cy’u Rwanda.
5. T54, T55 Battle Tanks
Ibifaru byo mu bwoko bwa T-54 na T55 ni bimwe mu bifaru bikoreshwa cyane kandi byizerwa ku rugamba ku Isi. Ubu bwoko bubaho imbunda ya machine gun yo mu bwoko bwa 37.62 millimeters ndetse n’imbunda ihanura indege yo mu bwoko bwa 12,7 millimeters.
U Rwanda ruvugwaho kuba rutunze ibi bifaru biri hagati ya 20 na 50 byahinduwe bigashyirwa ku rwego rwo kubasha kugendana n’imihindagurikire y’urugamba nk’uko tubikesha umuyoboro wa youtube wa Military Power.
4. CS, SH1 Self-Propelled Howitzer
CS, SH1 Self-Propelled Howitzer banita Pcl9 ni imwe mu ntwaro zikomeye zo mu bwoko bwa hoeitzers zikoreshwa n’Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) zifite ubushobozi bwo kurasa ku gipimo kiri mu ntera y’ibirometero 27, ikaba ikoreshwa n’ibihugu bibiri gusa ku Isi, U Bushinwa n’u Rwanda. Ishobora gutwarwa ku ikamyo.
3. Red Arrow Anti –Tank
Iyi ni imbunda irasa za missiles zishwanyaguza ibifaru yakorewe mu Bushinwa ifite ubushobozi bwo gusenya bungana nk’ubw’iy’Abanyamerika, FGM 148 cyangwa iy’Abanya-Israel, Spike LR2.
Ni bumwe mu buryo bugezweho bw’intwaro ngendanwa irasa missiles zishwanyuza ibifaru mu Isi muri iki gihe kandi Ibifaru bicye ngo nibyo bishobora kurokoka igisasu cya Red Arrow.
Ibisasu irekura bishobora kwiyobora ku bipimo byose byoherejweho kandi igisasu cyayo gishobora gupfumura umutamenwa kugeza muri centimetero 100 cyangwa metero.
2. Mil 24 Attack Helicopters
Izi kajugujugu z’intambara zakorewe mu Burusiya ni zimwe mu zihambaye cyane ku Isi kandi zica. Igisirikare cy’u Rwanda kivugwaho kuba gitunze kajugujugu zo muri ubu bwoko hagati y’eshanu n’icumi. Mu ntwaro zifite harimo machine gun ya 12,7 millimeters na rokete za 57 millimeters.
Ishobora kwikorera ibiro magatanu bya bombe ahantu habiri cyangwa ibiro 250 bya bombe ahantu hane. Mil 24 ngo ishobora kunyura byoroshye mu mirongo y’umwanzi.
1. TL 50 Air Defence System
Ku mwanya wa mbere haza uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere buzwi nka TL 50 Air Defence. U Rwanda ni rwo rwabaye urwa mbere mu gutumiza kandi nirwo kugeza ubu rukoresha iyi ntwaro yakorewe mu Bushinwa izwi na none nka Sky Dragon 50 Air Defence Missiles.
In 2014, #Rwanda became the first foreign customer of Chinese TL-50 surface to Air Missile System (SkyDragon 50) Try mess with Rwanda and you will see flames pic.twitter.com/o2pWNxF3lO
— African (@ali_naka) October 13, 2019
Mu 2014 akaba ari bwo u Rwanda rwabaye umukiriya wa mbere wa TL 50 Air Defence zikorerwa mu Bushinwa. Kimwe na Red-Arrow, ngo izi ntwaro zicira umuriro kandi ntizikangwa igipimo icyo ari cyo cyose zoherejweho.
TL 50 ikaba ishobora kurasa igipimo kiri mu birometero hagati ya 20 na 30 uvuye ku butaka, ariko igisasu cyayo kikaba gishobora kugera no mu birometero 50.
U Rwanda ruvugwaho kuba rufite byibuze TL 50 zigera muri enye.
13 Ibitekerezo
kaka Kuwa 31/12/21
Ibi nibicye muzi into mutazi nibyo byishi
Subiza ⇾masabo Kuwa 26/01/22
Umuririmbyi wo muli Congo Brazzaville witwa Casimir Zao Zoba yararirimbye ati:"Nimujugunye intwaro zanyu.Twimakaze urukundo tureke kurwana".Imana itubuza kurwana,ikadusaba gukundana.Abarwana ntabwo ari abakristu nyabo.
Subiza ⇾Alexis Kuwa 31/12/21
Unused birungura icyi kubimenya bubizane mubirashishe ubucyene nabonye aho bwihishe.
Subiza ⇾kenzo Kuwa 08/10/22
ubukene butsindwa nogukora kandi ntabukire ntamahoro.
Subiza ⇾falcon Kuwa 31/12/21
Aha ndumva turimo neza kabisa izi system inyinshi ni guided missiles
Subiza ⇾pipo uganda Kuwa 31/12/21
Ibi Murata nubwoba nudité kubura ingabo za Uganda zishobora kubamenagura isaha iyariyo yose none murarema agatima
Subiza ⇾Tinda Kuwa 31/12/21
Harya,uzaba urihe? Ibyifuzo bibi byawe bizaguhitana,u rda rwigaramiye. Injiji
Subiza ⇾S Kuwa 31/12/21
Uti? Have have ...
Subiza ⇾S Kuwa 31/12/21
Uti? Have have ...
Subiza ⇾prophet Kuwa 01/01/22
Baragushuts
Subiza ⇾JMV Kuwa 01/01/22
Uri kwikirigita ugaseka, subira mü mateka, mwakubitiwe kisangani dufite ak 47 gusa, ubu rero mwakubitwa nk’abadahari.
Subiza ⇾Niyonzima eric Kuwa 02/01/22
Umva murezi izo nwaro turazifite ahubwox uganda yazigondera muzibeshye gato tubereke sha
Subiza ⇾Niyotwagira venuste Kuwa 01/01/22
Mubonye ibyo murata
Subiza ⇾David Kuwa 01/01/22
Pipo wowo uvuga ngo Uganda yatumentagura umva ibyo urakoze Kisangani yabikora ubu umva wigaragaje uwo uriwe gusa mwahozeho nawe uzagende mufatanye muze rwose mpaze amateka yandikwe kandi turiteguye rwose pe
Subiza ⇾David Kuwa 01/01/22
Nonese niba ari ubwoba Kisangani warihe iyo uza mugafatanya
Subiza ⇾Uwase M. Louise Kuwa 03/01/22
Nonese kuki bajyaga batubwira ko Amerika na Rusiya aribyo bihugu bifite intwaro zikomeye? Batubeshyaga ko Urwanda rutaza mu bihugu 10 bifite igisirikari gikomeye none tubwiwe ko ari icya kabili inyuma y’Ubushinwa! Ariko kandi ndibaza niba hari icyo umuturage yungukira muri ibyo bitwaro abategetsi barundanya ngo hatazagira ubavana ku butegetsi!
Subiza ⇾Fay Baby Kuwa 28/09/22
Nihe wasomye ko u Rwanda ari igihugu cya kabiri ku Bushinwa? Subira mu nkuru ibyo utumva usobanuze
Subiza ⇾IRADUKUNDA Eram Kuwa 02/12/22
Ibyo wabisomye he? Jya wumva ibyavuzwe ureke kwimajina ibitavuzwe.
Subiza ⇾Kuwa 04/01/22
Iam nkundiyaremye Erneste RDF Irakome man ntabwo itinya abashaka kumenagura
Subiza ⇾FAB Kuwa 21/10/22
Yewe s uganda s urwanda bose bihagazeho ubwo baramutse barwanye nibwo twamenya abarenze
Subiza ⇾matsiko Kuwa 08/09/22
Mwagiye muziga ko icyodukeneye ko aramahoro arambye icyaduha amahoro ntawababazwa nuko imbunda ishaje itarashe Mama tabara ababantu barwana bicaye barwanisha umunwa amaboko bayashize mumufuka. harya ntireba hakurya muri RDC ukuntu abaturage bajye leta mukaga utazi intambara niwe uyiganira njye navukiye mubuhungiro nzakubona igihugu bimyuze muntambara sinyifuza kuko muntambara ibihabera ndabizi(intambara imaze imisi yica nurikuzarama)
Subiza ⇾Tanga igitekerezo