• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
    Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
    Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
    U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga
    Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Irindimuka rya NOKIA yari yihariye isoko mpuzamahanga rya telefone

ibyegeranyo

Irindimuka rya NOKIA yari yihariye isoko mpuzamahanga rya telefone

Yanditswe na TUYIZERE JD
Yanditswe kuwa 24/01/2023 10:09

NOKIA ni uruganda rw�ikoranabuhanga mu by�itumanaho rwo muri Finland rwashinzwe mu mwaka w�1865 n�abagabo batatu: umushoramari enjenyeri Fredrik Idestam, umushoramari akaba n’umunyepolitiki Prof. Leon Mechelin n’umushoramari w’umunyepolitiki Eduard Pol�n bose bakomokaga muri iki gihugu.

Uru ruganda rufite amateka akomeye mu itumanaho riteye imbere ryifashisha telefone zigendanwa, by�umwihariko kuva mu myaka y�1990 kugeza mu 2007 ubwo Apple Inc. yakoraga telefone igezweho ya mbere ya iPhone.

Ikinyamakuru Medium mu nkuru cyashyize hanze tariki ya 24 Nyakanga 2018, cyagaragaje ko mu Kwakira 1998 uruganda Nokia ari rwo rwagurishije telefone nyinshi ku Isi.

Ibihe byari byiza kuri Nokia kuko kubera kwiharira isoko mpuzamahanga ku kigero kiri hejuru, telefone yagurishije mu mwaka w�1999 zayihesheje inyungu y�amadolari agera kuri miliyari 4, yikubye kane ugereranyije na miliyari 1 yo mu 1995.

Mu mwaka w�2003, Nokia yamuritse telefone nshya ya Nokia 1100, irakundwa cyane ndetse mu mateka yayo iri mu zaguzwe cyane zakozwe n�uru ruganda.

Icyashara cya Nokia cyatangiye gukomwa mu nkokora na mukeba wayo Apple yashyize hanze telefone ya mbere igezweho ya iPhone tariki ya 29 Kamena 2007. Mu mpera z�uyu mwaka, Nokia yihariye isoko mpuzamahanga ku kigero cya 50.9%, iPhone ifataho 5%.

Mu mwaka w�2010, Nokia yari ikomeje kotswa igitutu ku isoko mpuzamahanga na yo yashyize hanze telefone igezweho (smartphone), iyita ’Nokia N97’. Abasesenguzi mu by�ikoranabuhanga bayise ’iPhone Killer�’kuko bari biteze ko ishobora kuryamira iPhone yari imaze imyaka 3 icuruzwa.

Steve Jobs uyobora Apple Inc. ubwo yamurikaga iPhone ya mbere

Ikinyamakuru Helsinki Times cyo muri Finland tariki ya 3 Ukwakira 2019 cyatangaje ko Nokia N97 itabashije kuganza imbaraga za iPhone n�izindi telefone zadukaga kuko zo zakoreshaga sisitemu y�ikoranabuhanga (Operating System: OS) ya iOS cyangwa Android, mu gihe yo yakoreshaga iya ’Symbian OS’ itarashoboraga gutanga zimwe muri serivisi z�ingenzi.

Abakeba baciye intege Nokia, ibura ikindi yakora kugira ngo yigarurire isoko mpuzamahanga yari ikomeje kwamburwa mu buryo bw�umusubirizo. Byageze aho igenza gake serivisi yo gukora telefone.

Nokia yashyize imbaraga muri serivisi yo gutanga interineti yihuta. Kuri uyu wa 23 Mutarama 2023, Perezida warwo, Jenni Lukander, yatangaje ko bagiranye amasezerano mashya n�uruganda rwa Samsung yo kurutiza ikoranabuhanga rya 5G.

Amagambo Lukander yavuze kuri Samsung ashimangira ko Nokia itakiri mu ihiganwa ryo gukora telefone. Yagize ati: "Samsung irayoboye mu gukora telefone zigezweho kandi twishimiye kuba twagiranye amasezerano y�ubucuti."

Abashakashatsi babonye ikibazo mu micungire ya Nokia

Prof. Tim Vuori wigisha isomo rya ’Strategic Management’ muri kaminuza ya Aalto University iherereye mu mujyi wa Espoo muri Finland na Prof. Qui Huy wigisha muri kaminuza ya INSEAD muri Singapore bakoze ubushakashatsi buhuriweho ku irindimuka rya Nokia.

Mu mwaka w�2015, bashyize hanze ubu bushakashatsi, babuha umutwe ugira uti ’Distributed Attention and Shared Emotion in the Innovation Process: How Nokia Lost the Smartphone Battle� (Gushishoza Guhererekanyijwe no Gusangira Amarangamutima mu Nzira y�Udushya: Uko Nokia Yatsinzwe Urugamba rwa Telefone Zigezweho).

Muri rusange muri ubu bushakashatsi, Prof. Vuori na Huy bagiranye ibiganiro n�abayobozi bo muri Nokia bo hejuru n�abo hagati, ba enjenyeri ndetse n�abahanga mu by�imicungire y�ibigo badakorera muri uru ruganda, nyuma bafata umwanzuro w�uko ibintu byapfiriye hatatu: kubura ikoranabuhanga rifite imbaraga, igitugu cy’abayobozi bo hejuru no kubura icyerekezo.

Prof. Vuori na Huy babonye ko muri Nokia habagamo ubwoba, aho abakozo bo hasi n’abayobozi bo hagati (middle managers) batinyaga kubwira abo hejuru ukuri, kubera imungenge z’uko bashoboraga kwirukanwa, ntibagaragaza intege nke za sisitemu y�ikoranabuhanga ya Symbian OS.

Aba bakozi n’abayobozi bo hagati babwiye aba bashakashatsi ko abayobozi bo hejuru babateraga ubwoba, babashinja kubura ubushobozi bwo kugeza uruganda ku ntego yarwo. Byageze aho abato bajya babeshya abakuru, bakabizeza ko ibintu biri kujya ku murongo muzima.

Abashakashatsi basanze abayobozi bo hejuru muri Nokia batari bafite ubushobozi tekiniki bwo gusesengura imikorere y�ikoranabuhana ry�abakeba, kugira ngo bafate imyanzuro y�ibigomba gukorwa, ahubwo bagatekereza gusa ku ntego z�igihe gito nko kwihutira gukora telefone zigezweho zigifite OS ya Symbian.

Nokia N97 yari yitezweho kugumisha Nokia mu mujyo yari ifite ku isoko mpuzamahanga

Izindi Nkuru Bijyanye


Ibigwi by'abajenerali 12 bashyizwe mu kiruhuko
Ibigwi by’abajenerali 12 bashyizwe mu kiruhuko
Abantu 10 ba mbere bagize uruhare mu guhindura amateka y�Isi mu kinyejana cya 20
Ibihugu bya Sudani n'u Burundi imbere ku rutonde rw'ibimaze kubamo coup d'etat nyinshi
Ibihugu bya Sudani n’u Burundi imbere ku rutonde rw’ibimaze kubamo coup d’etat nyinshi

Izindi wasoma

Ibigwi by’abajenerali 12 bashyizwe mu kiruhuko

Ibihugu bya Sudani n’u Burundi imbere ku rutonde rw’ibimaze kubamo coup d’etat nyinshi

Imitwe ya Special Forces 15 ya mbere iteye ubwoba ku Isi mu 2023

Urutonde rwa Coup d’etat ziheruka gukorwa muri Afurika y’iburengerazuba no hagati

Ibihugu 50 bya mbere binini kurusha ibindi ku Isi n’ubuso bwabyo

TUYIZERE JD
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal

Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu

Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman

Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
27/09/23 06:31
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
27/09/23 06:30
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
27/09/23 06:00
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
27/09/23 06:00
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
imikino

Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

Jadon Sancho yirukanwe mu bigo byose by’ikipe ya mbere muri Manchester United, harimo (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
ubutabera

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rumaze gutegeka ko Kazungu Denis ukurikiranweho ibyaha bigera (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

U Burusiya bwashyize Piotr Hofmanski ukuriye Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku rutonde (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama

Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi z’u Burusiya zikorera ku Nyanja y’Umukara akaba n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.