• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
    Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
    Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
    U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga
    Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Ubuzima bwa Robert Oppenheimer wazanye 'urupfu mu Isi'

ibyegeranyo

Ubuzima bwa Robert Oppenheimer wazanye ’urupfu mu Isi’

Yanditswe na NKUNDABANYANGA Ildephonse
Yanditswe kuwa 15/03/2023 11:36

Buri gihe uko habayeho intambara mu Isi ihanganisha kimwe mu bihugu bitunze intwaro kirimbuzi, hahita hibazwa ku mugabo wazikoze ku nshuro ya mbere, akaziha ubushobozi bwo gutsemba buri gihumeka kiboneka mu Isi.

Julius Robert Oppenheimer wakoze ibisasu kirimbuzi bya mbere byaroshwe ku migi y’Abayapani mu ntambara ya kabiri y’Isi, yavukiye New York muri Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA) ku wa 22 Mata 1904.

Julius Robert Oppenheimer wakoze ibisasu kirimbuzi bya mbere

Nubwo yavukiye muri Amerika ariko ababyeyi be bari Abayahudi bimukiye muri Amerika bavuye mu Budage.

Yari umuhanga bitavugwa

Oppenheimer yari umuhanga mu rwego rwo hejuru ku buryo yari azi neza indimi umunani, akaba yaranize Ubugenge muri Kaminuza ya Harvard imyaka itatu aho kuba ine nk’iyo abandi bigaga.

Uyu mugabo yari igitangaza ku rwego udashobora kwiyumvisha kuko yari umuhanga mu buvanganzo ndetse na Philosophia. Uretse ko n’ubundi utakora intwaro kirimbuzi udafite ubuhanga buhambaye.

Kubera kumara igihe kirere mu bitabo, yageze aho arwara indwara yo kurakazwa n’ubusa kandi akirirwa ashwana n’abarimu bamwigishaga, kugera ubwo yakoze uburozi muri laboratwari bwo guha mwarimu we batumvikanaga, gusa ntibwamugeraho.

Byagenze bite ngo Oppenheimer akore intwaro kirimbuzi?

Mu mwaka w’1930 ni bwo mu Burayi hazamutse ubutegetsi bw’igitugu kandi bwari bufite urwango kuri bene wabo b’Abayahudi. Ibyo ubwe yarabyumvishije neza, yumva ko benewabo bagiye guhura n’akaga.

Ku bw’ibyo mu mwaka w’1939 yahamagaje Umuyahudi mugenzi we Albert Einstein, na we wari umuhanga mu bugenge, hamwe n’abandi barimo Leo Szilard, ndetse na Eugene ngo baburire ubutegetsi bw’Amerika ko Abadage bari gucura intwaro z’ubumara.

Robert Oppenheimer na Albert Einstein

Tubibutse ko igitekerezo cyo gucura intwaro z’ubumara cyatangiye kuvugwa mu mwaka w’1930. Abadage bari baratangiye kubigereza mu gihe intambara ya kabiri y’Isi yatangiraga.

Oppenheimer na bagenzi be bashakaga kumvisha Amerika ko na yo bayifasha kubikora. We, Leo Szilard ndetse na Eugene Wigner ni bo bari bafite ubumenyi bwo gutunganya ubutare bwa Uranium bukorwamo intwaro kirimbuzi.

Oppenheimer yitabaje Albert Einstein nk’umuntu wari ikirangirire muri Amerika kugira ngo yumvishe Perezida wa USA, Franklin Roosevelt, ko bagomba gutanguranwa n’Abadage gucura izi ntwaro.

USA yemeye gushora akayabo mu mushinga w’izi ntwaro

Nyuma y’uko Einstein yandikiye Perezida Roosevelt ibaruwa akamusobanurira uyu mushinga, mu mwaka w’1942 Manhattan Project, umushinga wo gucura intwaro kirimbuzi waratangiye

Nyuma y’imyaka itatu Oppenheimer ayoboye uyu mushinga, ibisasu kirimbuzi byarakozwe binaterwa ku migi ya Hiroshima na Nagasaki mu Buyapani.

Byamugendekeye bite nyuma yo gukora izi ntwaro kirimbuzi?

Julius Robert Oppenheimer nyuma yagizwe umujyanama muri biro bya Perezida wa USA ku by’ibisasu kirimbuzi n’intwaro z’ubumara.

Nyamara uyu mwanya ntiyawurambyeho, kuko nyuma y’uko ibihugu by’Abasoviyeti na byo byari bimaze gukora intwaro kirimbuzi mu mwaka w’1949, yatangiye gukorwaho iperereza ko yaba ari intasi y’Abasoviyeti.

Oppenheimer yajujubijwe n’ubutegetsi

Nubwo nta kimenyetso bigeze babona ko ari intasi, ariko mu mwaka w’1954 yirukanwe mu kazi, anabuzwa kugira aho atarabukira, byongeye banamubuza kugira inama yakongera kwitabira.

Nyuma y’uko Amerika yakomeje kujujubya uyu mugabo, ishyirahamwe ry’Abahanga muri siyansi ryarahagurutse risaba Leta kurekera gutesha agaciro no gusuzuguza umuntu wakoreye igihugu igikorwa cy’indashyikirwa.

Mu mwaka w’1962, umwuka waje kuba mwiza hagati ye na Leta, maze yongera yemererwa kwisanzura. Perezida John Kennedy yamusubije umwanya yari afite mbere, ariko undi arabigarama.

Bigeze mu mwaka w’1963, Perezida Lyndon Johnson yaje kwambika Oppenheimer umudari w’ishimwe uhabwa abantu bakoreye USA ibikorwa by’indashyikirwa.

Urupfu rwe

Julius Robert Oppenheimer wanywaga itabi ryinshi cyane, tariki ya 18 Gashyantare 1967 yaje gushiramo umwuka yishwe na kanseri.

Ubuzima bw’umukurambere wahaye ikiremwamuntu ubushobozi bwo kwisenya mu ntwaro kirimbuzi bwarangiriye aho.

Oppenheimer yakundaga itabi

Mu gihe yari akiriho yatangaje ko iteka yahoraga ashengurwa n’ibisasu yakoze bigasenya Abayapani, bikaba byaranakwiriye Isi, umwanya umwe bikaba byayirimbura.

Ubwe yakunze kumvina agira, ati "Nkimara kubona icyo ibisasu kirimbuzi nakoze byakoreye Abayapani, nange nibonaga nk’urupfu."

Abantu benshi bita uyu mugabo uwazanye urupfu mu Isi ndetse yakinweho filime nyinshi.

Izindi Nkuru Bijyanye


Ibigwi by'abajenerali 12 bashyizwe mu kiruhuko
Ibigwi by’abajenerali 12 bashyizwe mu kiruhuko
Abantu 10 ba mbere bagize uruhare mu guhindura amateka y�Isi mu kinyejana cya 20
Ibihugu bya Sudani n'u Burundi imbere ku rutonde rw'ibimaze kubamo coup d'etat nyinshi
Ibihugu bya Sudani n’u Burundi imbere ku rutonde rw’ibimaze kubamo coup d’etat nyinshi

Izindi wasoma

Ibigwi by’abajenerali 12 bashyizwe mu kiruhuko

Ibihugu bya Sudani n’u Burundi imbere ku rutonde rw’ibimaze kubamo coup d’etat nyinshi

Imitwe ya Special Forces 15 ya mbere iteye ubwoba ku Isi mu 2023

Urutonde rwa Coup d’etat ziheruka gukorwa muri Afurika y’iburengerazuba no hagati

Ibihugu 50 bya mbere binini kurusha ibindi ku Isi n’ubuso bwabyo

NKUNDABANYANGA Ildephonse
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal

Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu

Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman

Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
27/09/23 06:31
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
27/09/23 06:30
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
27/09/23 06:00
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
27/09/23 06:00
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
imikino

Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

Jadon Sancho yirukanwe mu bigo byose by’ikipe ya mbere muri Manchester United, harimo (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
ubutabera

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rumaze gutegeka ko Kazungu Denis ukurikiranweho ibyaha bigera (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

U Burusiya bwashyize Piotr Hofmanski ukuriye Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku rutonde (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama

Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi z’u Burusiya zikorera ku Nyanja y’Umukara akaba n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.