Rubavu: Ikibazo cy’isambu yo mu 1959 Kagame yasabye gukemura, gikomeje kuba ingume

Ku wa 10 Gicurasi 2019 ubwo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagendereraga akarere ka Rubavu, umuturage witwa Ntibankundiye Patrick yamugejejeho ikibazo kijyanye n’isambu y’ababyeyi be yavugaga ko yambuwe n’uwitwa Uwimana Solange. Ntibankundiye yagaragarije Umukuru w’Igihugu ko gukurikirana iyi sambu byatumye umubyeyi we, Urimubenshi Thomas aburirwa irengero, ndetse na we akaba yaragiye afungwa bya hato na […]

Manchester United yatsinzwe na Leipzig, isezererwa muri UEFA Champions league

Ikipe ya Manchester United yasezerewe muri UEFA Champions league itarenze amatsinda, nyuma yo gutsindwa na RB Leipzig yo mu Budage ibitego 3-2. Ni Manchester United yagaragaje ukurwana kugeza ku munota wa nyuma, gusa ibitego bibiri yatsinze mu minota ya nyuma ntibyari bihagije kugira ngo igere muri 1/8 cy’irangiza. Icyizere cya Manchester United yari yaratangiye ririya […]

Gen Otafiire yavuze ko atazemera ko Bobi Wine ayobora igihugu yarwaniye imyaka 6

Gen Kahinda Otafiire, Minisitiri wa Uganda ushinzwe Afurika y’Iburasirazuba, yabwiye Bobi Wine gukomeza kubyina no kuririmba, ngo kuko atarwaniye Uganda imyaka itandatu kugira ngo iyoborwe n’uriya muhanzi. Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri ubwo yari yaherekeje Perezida Yoweri Museveni mu gace ka Kashenyi, aho yiyamamarije. Gen Otafiire yagaragaje ko kuyobora Uganda atari irushanwa ry’imyidagaduro, ko ahubwo […]

Marines FC inyagiye Kiyovu Sports iyisanze i Kigali

Ikipe ya Marines FC yakomeje kuyobora by’agateganyo urutonde rwa shampiyona y’ikiciro cya mbere, nyuma yo kunyagira Kiyovu Sports ibitego 3-0. Iyi kipe y’i Rubavu yari yasuye Kiyovu Sports, mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Iyi kipe y’umutoza Yves Rwasamanzi yaherukaga gutsinda Gorilla FC ibitego 2-0, mu gihe […]

Afurika: Ibihugu 10 umuntu agiriramo ibyago byo gupfa atarageza ku myaka 40

Raporo ngarukamwaka ya ‘Global Peace Index’, ni yo igaragaza uko ibihugu byo mu Isi birutanwa mu kurangwamo amahoro. Ni Raporo ikorwa n’Ikigo ”Institute for Economics & Peace” cyo muri Australia gikora ubushakashatsi bushingiye ku bintu binyuranye, cyifashishije itsinda ry’Inzobere Mpuzamahanga zituruka mu bigo bitandukanye biharanira amahoro. Global Peace Index ya 2020 igaragaza uko ibihugu 163 […]

Abitegura kuba abasirikare bakuru ba Kenya baje gufatira amasomo kuri RDF

ndc2.jpg

Itsinda ry’abanyeshuri n’abarimu bo mu Ishuri rya Gisirikare rya Kenya, bari mu Rwanda kuva ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, aho bitabiriye uruzinduko rujyanye n’amasomo. Uru ruzinduko rw’iminsi irindwi bazarusoza ku wa 11 Ukuboza. Ku munsi w’ejo ririya tsinda riyobowe na Maj Gen Rashid Abdi Elmi uyobora ririya shuri, ryahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen […]

RDC: Gen Delphin Kahimbi yashyinguwe nyuma y’amezi 10 apfuye

Umurambo wa Général-major Delphin Kahimbi wahoze akuriye Ubutasi bwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, washyinguwe ku cyumweru nyuma y’amezi akabakaba 10 yitabye Imana. Gen Kahimbi witabye Imana muri Gashyantare uyu mwaka, yashyinguwe mu gace ka Kinezire avukamo muri Terirwari ya Kalehe ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Umuhango wo gushyingura Gen Kahimbi waberewe […]

Musanze FC yakuye amanota atatu ya mbere muri shampiyona kuri AS Muhanga

Ikipe ya Musanze FC yegukanye amanota atatu ya mbere muri shampiyona y’ikiciro cya mbere ya 2020/21, nyuma yo gutsinda AS Muhanga ibitego 2-1. Hari mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona wabereye kuri Stade Ubworoherane. Iyi kipe yo mu majyaruguru y’u Rwanda ntiyari yarabashije gukina umukino w’umunsi wa mbere ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, bijyanye […]

Major Mudathiru na bagenzi be basabiwe gufungwa burundu

Ubushinjacyaha bwa gisirikare kuri uyu wa Mbere, bwasabiye abantu 32 bakurikiranyweho gukorana n’imitwe ya P5 na FLN mu bikorwa by’iterabwoba ku Rwanda barimo Rtd Major Muthadiru Habibu gufungwa burundu. Itsinda rya mbere ry’abasabiwe gufungwa burundu rigizwe n’abantu 25 bayobowe na Rtd Major Mudathiru Habib wahoze mu Ngabo z’u Rwanda. Aba baregwa ibyaha bitanu birimo kwinjira […]

Gen Muganga yavuze amasomo APR FC yigiye ku gutsindwa na Gor Mahia

Umuyobozi wungirije wa APR FC, Maj. Gen Mubarakah Muganga, yavuze umukino batsinzwemo na Gor Mahia wabigishije ko bagomba kwizera insinzi ari uko umusifuzi ahushye mu ifirimbi ya nyuma. Gen Muganga yabigarutseho ku Cyumweru, ubwo yakiraga ikipe abereye umuyobozi mu mwiherero i Shyorongi, aho yagiye kwitegurira imikino ya shampiyona ya 2020/21. APR FC iheruka gusezererwa na […]

Ihere ijisho uburanga bwa Rose Manfere wambitswe ikamba rya Miss Tanzania 2020 (Amafoto)

eogxovlxcamnrs7-630x420.jpg

Umunya-Tanzaniakazi, Rose Manfere, ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize yegukanye ikamba rya Nyampinga wa Tanzania wa 2020, ahigitse abakobwa 19 bagenzi be barihataniraga. Manfere w’imyaka 20 y’amavuko yegukanye ririya kamba, nyuma y’uko ririya rushanwa ryari ryarakunze gusubikwa bya hato na hato kubera icyorezo cya Covid-19. Ni umukobwa ufite uburanga, wahise ubona amahirwe yo kuzahagararira Tanzania mu […]

Abarwayi bashya 41 banduye COVID-19 mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa Gatandatu, yatangaje ko mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 41 ba COVID-19, mu gihe abakize iki cyorezo ari 24. Abarwayi bashya babonetse barimo 18 babonetse mu mujyi wa Kigali, 19 babonetse i Rubavu, mu gihe uturere twa Kirehe, Nyagatare, Rusizi na Gakenke twabonetsemo umuntu umwe muri buri kamwe. Mu gihugu hose […]

Ifoto y’intumwa ya Papua New Guinea yagiye mu nteko ya Loni yabunuje yongeye guca ibintu

Ifoto y’intumwa y’igihugu cya Papua New Guinea yagiye mu nteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yongeye guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga aho abantu bakomeje gutangarira iriya ntumwa. Iyo ntumwa yafotowe ubwo yari ihagarariye kiriya gihugu mu nteko rusange ya Loni yo muri 2017 yabereye i New York muri Leta zunze ubumwe za Amerika. Ku ifoto iriya ntumwa […]

Urugendo rwa APR FC muri CAF Champions league rurangiriye i Nairobi

Ikipe ya APR FC yasezerewe muri CAF Champions league y’uyu mwaka, nyuma yo gutsindindwa na Gor Mahia yo muri Kenya ku giteranyo cy’ibitego 4-3. Iyi kipe y’ingabo z’igihugu yari yaratsinze ibitego 2-1 mu mukino ubanza wabereye i Kigali, gusa ntibyari bihagije kugira ngo irenge ijonjora ry’ibanze kuko mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Nyayo National […]

I Burundi bakirije yombi icyemezo cya Loni cyo guhagarika kubakoraho iperereza ryihariye

Abategetsi b’u Burundi bakirije yombi icyemezo cy’Akanama gashinzwe Umutekano mu Muryango w’Abibumbye, Loni, kasabye Umunyamabanga Mukuru w’uriya muryango gukura u Burundi ku rutonde rw’ibihugu bigomba gukorwaho iperereza ryihariye. Mu itangazo kariya kanama kashyize ahagaragara ku munsi w’ejo, kasabye Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres, gukura u Burundi ku rutonde rw’ibihugu bigomba gukorwaho iperereza mu buryo […]

Menya gereza eshanu mbi kurusha izindi muri Afurika

Hari gereza zo muri Afurika usanga imfungwa zibaye mu buzima bwiza aho usangamo za Televiziyo, ubwiherero bugezweho, inzu zikorerwamo imyitozo ngororamubiri, yemwe abagororwa barya neza. Ku rundi ruhande ariko hari izindi gereza usanga imfungwa zibayeho mu buzima bubi cyane, ku buryo hari abadatinya no kuzigereranya n’ikuzimu. Twifashishije urubuga Phoenix, tugiye kubagezaho gereza eshanu zifatwa nk’imbi […]

Abakinnyi ba Gasogi United batuye KNC insinzi bamwifuriza isabukuru nziza (Amafoto)

img_20201205_080952.jpg

Ku wa Gatanu nyuma y’umukino wa shampiyona bari bamaze gutsindamo Sunrise ibitego 3-1, abakinnyi b’ikipe ya Gasogi United batunguye Perezida w’iriya kipe, Kakooza Nkuliza Charles ‘KNC’ bamwifuriza isabukuru y’amavuko. Gasogi United yari yasuye Sunrise kuri Stade y’i Nyagatare, ihatsindira ibitego 3-1. Ni ibitego iyi kipe yatsindiwe na Iradukunda Jean Bertrand watsinzemo ibitego bibiri, na Ndayisenga […]

Uganda: Umurinzi wa Bobi Wine washinjwe gushaka kumwivugana yatawe muri yombi

Inzego zishinzwe umutekano za Uganda kuri uyu wa Mbere, zataye muri yombi Norbert Ariho, umurinzi wa Robert Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ ukekwaho kugira uruhare mu biturika biherutse kukugunywa kuri uriya mukandida-Perezida. Ariho yafatiwe mu gace ka Bududa mu Burasirazuba bwa Uganda, aho Bobi Wine yari yagiye kwiyamamariza. Polisi yavuze ko itabwa muri yombi rye rifitanye isano […]

Rayon Sports yakuye inota kuri Rutsiro FC yiyushye akuya

Ikipe ya Rayon Sports yegukanye inota rimwe ku munsi wa mbere wa shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda, nyuma yo kunganya na Rutsiro FC igitego 1-1. Rayon Sports yari yasuye iyi kipe y’i Rutsiro iheruka kuzamuka mu kiciro cya mbere, mu mukino wabereye kuri Stade Umuganda mu karere ka Rubavu. Umunota wa 12 w’umukino wari […]

Umunyamakuru Issac Kuradusenge yasezeranye n’umukunzi we mu mategeko (Amafoto)

isaackuradusenge_20201204_6.png.jpg

Umunyamakuru Issac Kuradusenge wa KT Radio na Kigali Today, yaraye asezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, Kayumba Sylivie, mbere y’uko aba bombi basezerana imbere y’Imana mu ntangiriro z’umwaka utaha. Kuradusenge na Kayumba bahamije urwo bakundana imbere y’amategeko y’u Rwanda, mu muhango wabereye ku biro by’Umurenge wa Niboye ho mu karere ka Kicukiro. Aba bombi bari bamaze […]

Abarimu 39 bo muri Kaminuza ya Kinshasa barapfuye kuva muri Mutarama

Abarimu 39 bo muri kaminuza ya Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamaze gupfa kuva muri Mutarama uyu mwaka nk’uko byatangajwe mu nyandiko y’Ishyirahamwe ry’abarimu b’iriya Kaminuza. Zimwe mu mpamvu bariya barimu bagaragaza zituma bagenzi babo bakomeje gupfa umusubirizo, harimo icyorezo cya COVID-19, ndetse n’impamvu zishingiye ku mibereho mibi. Hashize igihe abarimu bo muri […]

Nairobi: APR FC yakoze urugendo rwa Km 26 mbere yo gukora imyitozo ya mbere (Amafoto)

9g8a6018-768x569.jpg

Ikipe ya APR FC iherereye i Nairobi mu gihugu cya Kenya, yaraye ikoze imyitozo ya mbere yitegura umukino wo kwishyura w’ijonjora rya mbere rya CAF Champions league igimba guhuriramo na Gor Mahia. Ni umukino uteganyijwe kuba kuwa Gatandatu tariki ya 5 Ukuboza, kuri Stade ya Nyayo National Stadium. Urubuga rwa APR FC ruravuga ko Ikipe […]

Espagne: Umukinnyi ari mu mazi abira azira kwicara abandi bibuka Maradona

Umunya-Espagne-kazi Paula Dapena aravuga ko yakiriye ubutumwa bw’abamubwiye ko bazamwica, nyuma yo kwanga kugira uruhare mu gikorwa cyo kwibuka Umunya-Argentine, Diego Maradona. Uyu mugore ukinira ikipe ya Viajes Interrias FF, yahisemo kwicara ubwo bagenzi be bari bahagaze bafata umunota wo kwibuka Maradona uheruka guhitanwa n’umutima. Byabaye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize mbere gato y’umukino wa […]

Namibia: Adolf Hitler yatsinze amatora akubise incuro uwo bahatanaga

Umunya-Politiki witwa Adolf Hitler, yatsinze amatora muri kamwe mu turere tugize igihugu cya Namibia, gusa avuga ko nta mugambi afite wo kwigarurira Isi nk’uwa bazina be washoye Isi mu ntambara ebyiri karundura. Adolf Hitler Uunona yatowe ku majwi 85% muri Namibia, aho usanga amazina y’imihanda itandukanye n’uduce tumwe na tumwe bifite amazina y’Ikidage. Ubudage ni […]

Umuvunyi mushya yahamagariye Abanyarwanda kumufasha mu rugamba rwo kurwanya ruswa.

img-20201203-wa0014.jpg

Umuvunyi Mukuru mushya, Madamu NIRERE Madeleine, yasabye Abanyarwanda kugira uruhare rufatika mu guhangana na ruswa, agaragaza ko Urwego rw’Umuvunyi rwisunze amategeko ruzahangana n’abantu bigwizaho imitungo badashobora gusobanura inkomoko yawo. Yabigarutseho kuri uyu wa Kane ubwo habaga umuhango w’ihererekanyabubasha hagati ye n’Umuvunyi Mukuru ucyuye igihe, Anastase Murekezi. Nirere yavuze ko azagendera cyane ku mpanuro umukuru w’Igihugu […]

Laporta yaciye amarenga yo gusinyisha Neymar wavuze ko yizeye gukinana na Messi umwaka utaha

Joan Laporta uheruka gutangaza ko aziyamamariza kuyobora ikipe ya FC Barcelona, yaciye amarenga y’uko ashobora kuzasinyisha Neymar, nyuma y’uko uyu munya-Brésil atangaje ko afite icyizere cyo kuzongera gukinana na Lionel Messi mu mwaka utaha w’imikino. Mu ijoro ryakeye ni bwo Neymar yatangaje ko akumbuye kongera gukinana na Lionel Messi, nyuma y’uko yari amaze gufasha PSG […]

APR FC ifite akazi gakomeye yaraye i Nairobi (Amafoto)

9g8a5055-768x603.jpg

Ikipe ya APR FC yamaze kugera i Nairobi mu gihugu cya Kenya, aho yitabiriye umukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze rya Total CAF Champions league uzayihuza na Gor Mahia. Umukino uteganyijwe kuba ku wa Gatandatu w’iki cyumweru, nyuma y’ubanza wabereye i Kigali mu mpera z’icyumweru gishize APR FC ikawutsinda ku bitego 2-1. Saa mbiri zuzuye z’umugoroba […]

Champions league: PSG yasuzuguye Man United, Giroud anyangira Sevilla

Ikipe ya Paris-Saint Germain yo mu Bufaransa, yasuzuguriye Manchester United ku kibuga cyayo cya Old Trafford iyihatsindira ibitego 3-1, mu mukino wa UEFA Champions league wo mu tsinda H. Wari umukino wa gatanu w’itsinda ikipe ya Manchester United yahabwagamo amahirwe yo gutsinda, igahita yizera kuzazamuka ari iya mbere mu tsinda. Neymar ni we wafunguriye PSG […]

Turakuze bo kurongorwa, ariko abagabo baradutinya_Inkumi z’abaforomo

Itsinda ry’abaforomo b’uburanga bo mu gihugu cya Ghana, basabye abagabo babifitiye ubushobozi kubarongora, nyuma yo kugera mu gihe cy’ubukure bakabura abatinyuka kubatereta. Aba baganga babwiye urubuga FN News Room ko bakuze byo kurongorwa, gusa bakaba barabuze abagabo bafite gahunda yo kubagira abagore. Ziriya nkumi zabwiye kiriya gitangazamakuru ko abagabo bo muri Ghana babatinya, ibituma imiryango […]

Akarengane na ruswa bidindiza iterambere ry’Abanyarwanda_Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagaragaje ko akarengane na ruswa biri mu bibangamira uburenganzira bw’ibanze n’iterambere ry’Abanyarwanda; asaba Umuvunyi Mukuru kwita kuri kiriya kibazo. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu, ubwo yakiraga indahiro ya Madamu Nirere Madeleine uheruka kugirwa Umuvunyi Mukuru. Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 11 Ugushyingo 2020 ni yo yemeje Nirere Madeleine […]

CNLG yamaganye inkuru ishinja abarimo Perezida Kagame ibyaha by’intambara

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), yamaganye inkuru iheruka gutambuka mu bitangazamakuru mpuzamahanga ishinja Perezida wa Repubulika, Paul Kagame n’abandi bayobozi bakuru mu ngabo z’u Rwanda ibyaha by’intambara. Ni inkuru yanditswe n’abanyamakuru Judi Rever na Benedict Moran mu mpera z’ukwezi gushize, itambuka mu binyamakuru bikomeye mu gihugu cy’Ubwongereza nka The Guardian na The Mail. Abashinje […]

UEFA Champions league: Real Madrid na Inter Milan mu mazi abira

Amakipe ya Real Madrid yo muri Espagne na Inter Milan yo mu gihugu cy’Ubutaliyani, akomeje kujya mu mazi abira nyuma yo kwitwara nabi mu mikino y’amatsinda ya UEFA Champions league. Mu ijoro ryakeye iyi mikino yari yakomeje kuva mu tsinda A kugeza mu rya D, hakinwa imikino ibanziriza iya nyuma y’amatsinda. Ikipe ya Real Madrid […]

Diamond yaciye agahigo gakomeye mu masaha 8 yonyine

Umuhanzi Naseeb Abdul Djuma uzwi mu muziki wa Tanzania nka Diamond Platnumz, yateye indi ntambwe ikomeye muri Kariyeri ye y’umuziki nyuma yo gusohora indirimbo yise ‘Waah’ yafatanyije n’icyamamare mu muziki wa Congo Kinshasa, Koffi Olomide. Ni indirimbo imaze umunsi umwe ku rubuga rwa YouTube aho yarebwe n’abarenga miliyoni mu gihe cy’amasaha umunani. Diamond yahise aca […]

Perezida Kagame yagiranye inama n’abayobozi bakuru ba RDF (Amafoto)

img_20201201_193246.jpg

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame usanzwe ari n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Kabiri yagiranye inama n’abayobozi bakuru b’Ingabo z’u Rwanda (RDF). Ni inama yabereye ku cyicaro gikuru cya Minisiteri y’Ingabo ku Kimihurura. Ibiro by’Umukuru w’igihugu byemeje kuri Twitter amakuru y’iriya nama, gusa ntibyatangaza birambuye ibyayivugiwemo. Cyakora cyo mu nshuro zose Perezida Kagame […]

Uganda: Abarimo umupolisi urinda Bobi Wine barashwe n’abashinzwe umutekano

Inzego zishinzwe umutekano muri Uganda, zarashe zinakomeretsa abashyigikiye Robert Kyagulanyi Ssentamu wamamaye nka ‘Bobi Wine’, barimo n’umwe mu bapolisi bashinzwe kumurinda, ASP Kato. Byabereye mu gace ka Kayunga Bobi Wine yiyamamarijemo kuri uyu wa Kabiri, ubwo Polisi yarasaga amasasu n’ibyuka biryana mu maso itatanya ibihumbi by’abari baje kumushyigikira. ASP Kato uri mu bashinzwe gucungira umutekano […]

RIB yafunze umukozi wa REB ukekwaho guhindura amanota y’umwarimu wamuhaye ruswa

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze Habinshuti Salomon, umukozi muri REB n’umwe mu bakandida bashakaga akazi k’ubwarimu wamuhaye ruswa kugira ngo amuhindurire amanota asohoke mu batsinze ikizamini cy’akazi. RIB yemeje aya makuru mu butumwa yanyujije kuri Twitter yayo. Yagize iti: “RIB yafunze Habinshuti Salomon, umukozi mu kigo gishinzwe guteza imbere Uburezi (REB) n’umwe mu […]

Igitego Messi yatuye Maradona cyatumye FC Barcelone icibwa amande arenga miliyoni 3 Frw

Ikipe ya FC Barcelona yaciwe amande y’ibihumbi bitatu by’ama-Euro (arenga miliyoni 3 Frw) izira Lionel Messi uheruka gutura igitego Diego Maradona yambaye umwambaro w’ikipe ya Newell’s Old Boys yo muri Argentine. Byabaye ku wa Gatandatu w’icyumeru gushize, ubwo FC Barcelona yanyagiraga Osasuna ibitego 4-0 mu mukino w’umunsi wa 11 wa Shampiyona ya Espagne. Messi yatsinze […]

Bruce Melodie yavuze urwo yaboneye kuri Kitoko ubwo bahuriraga mu gitaramo bwa mbere

Umuhanzi Itahiwacu Bruce ukunzwe mu muziki Nyarwanda nka Bruce Melodie, yahishuye ko Bibarwa Patrick uzwi nka Kitoko yigeze gutuma yiheba ubwo bahuriraga mu gitaramo yari yatumiwemo ku nshuro ya mbere. Yabitangaje kuri uyu wa Mbere mu kiganiro ‘Versus’ cya Televiziyo y’u Rwanda yari yatumiwemo n’umunyamakuru Luckyman Nizeyimana. Bruce Melodie kuri ubu ni umwe mu bahanzi […]

TPLF yigambye gufunga ingabo za Eritrea zagiye gufasha iza Ethiopia

Umuyobozi w’Ishyaka TPLF riroboye Leta ya Tigray, yatangaje ko ingabo ze zitigeze ziyamanika imbere y’iza Ethiopia bamaze igihe bahanganye, ahubwo avuga ko hari abasirikare ba Eritrea zafunze nyuma yo gubafata mpiri baje gufasha Ethiopia. Debretsion Gebremichael uyobora Tigray People Liberation Force, yavuze ko kuri uyu wa mbere imirwano yari igikomeje mu murwa mukuru wa Tigray, […]

Menya akayabo k’amafaranga azakoreshwa muri Tour du Rwanda 2021

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wo gusiganwa ku magare, FERWACY, ryatangaje ko Tour du Rwanda ya 2021 iteganyijwe muri Gashyantare umwaka utaha izatwara abarirwa muri miliyoni 740 Frw. Ni ingengo y’imari ingana neza n’iyakoreshejwe muri Tour du Rwanda yo muri Gashyantare 2020. Isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda rya 2021, rizaba mu gihe ubukungu bw’Isi buzaba butifashe neza […]

Museveni yavuze ko atazihanganira ‘Inkozi z’ibibi’ zishyigikiwe n’amahanga

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yavuze ko igihugu cye kitazigera na rimwe kihanganira abo yise ‘Inkozi z’ibibi’ zishyigikiwe n’ibihugu by’amahanga, zigamije guhungabanya umudendezo w’abaturage ba Uganda. Museveni yabitangarije kuri Televiziyo y’Igihugu, nyuma y’uko mu byumweru bibiri bishize abanya-Uganda babarirwa muri za mirongo bishwe barashwe n’inzego zishinzwe umutekano, bigaragambiriza itabwa muri yombi rya Depite Robert […]

Basketball: U Rwanda rwatsindiwe na Sudani y’Epfo mu maso ya Perezida Kagame

Mu ijoro ryakeye ikipe y’Igihugu ya Basketball yatsinzwe na Sudani y’Epfo amanota 67 kuri 55, mu mukino w’ijonjora ryo gushaka itike ya Afrobasket 2021 warebwe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Perezida Kagame yakurikiye uyu mukino wari uwa nyuma wo mu itsinda D ari kumwe n’abarimo Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa na Mugwiza Désiré […]

Lionel Messi yatuye Diego Maradona igitego yatsinze Osasuna

Ikipe ya FC Barcelona yanyagiye Osasuna ibitego 4-0 mu mukino w’umunsi wa 10 wa shampiyona ya Espagne, Kapiteni wayo Lionel Messi atura igitego yatsinze Nyakwigendera Diego Armando Maradona. Maradona ufatwa nk’umwe mu bakinnyi b’ibihe byose umupira w’amaguru wagize mu mateka yawo, yitabye Imana ku wa Gatatu w’iki cyumweru azize indwara y’umutima, agwa iwabo muri Argentine. […]

Argentine: Batatu bifotoreje ku murambo wa Maradona bari mu mazi abira

Abagabo batatu bo mu gihugu cya Argentine, bari mu mazi abira nyuma yo kwifotoreza ku murambo wa Nyakwigendera, Diego Maradona, bari bahawe ikiraka cyo gutunganya. Kuva ku wa Kane w’iki cyumweru amafoto ya bariya bagabo n’umurambo wa Maradona yatangiye gusakara ku mbuga nkoranyambaga, bituma bamwe mu bakunzi ba Maradona bababwira ko bazabica. Umwe muri bifotereje […]

Kureresha umwana igitsure gikabije, bituma afata ku biyobyabwenge iyo akuze

Ubushakashatsi bwakozwe na ‘European Institute of Studies on Prevention’ bugatangazwa mu kinyamakuru ‘Drug and Alcohol Dependence’ cyo mu Bwongereza muri Kanama 2020, bwerekanye ko ababyeyi bayoborana abana babo igitsure gikabije bakiri bato bibatera kuzafata ku biyobyabwenge, kuba inzererezi n’abasinzi iyo bakuze. Ubwo bushakashatsi bwerekanye na none ko ababyeyi batita ku bana babo, ba tereriyo, nabo […]

Iranzi Jean Claude yagarutse muri Rayon Sports avuye mu Misiri

Umukinnyi Iranzi Jean Claude ukina asatira izamu, yagarutse mu kipe ya Rayon Sports nyuma yo kurangiza amasezerano ye mu kipe ya Aswan FC yari yari yarerekejemo nk’intizanyo. Muri Mutarama uyu mwaka ni bwo Iranzi wari umaze amezi agera kuri arindwi muri Rayon Sports, yahagurutse i Kigali yerekeza mu Misiri aho yari agiye mu igeragezwa. Ni […]

Abantu 83 bakize COVID-19 mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 28 Ugushyingo, yatangaje ko abantu 83 bari baranduye icyorezo cya COVID-19 bamaze kugikira, mu gihe abashya bacyanduye ari 19. Abarwayi bashya babonetse mu gihugu barimo batandatu babonetse mu mujyi wa Kigali, barindwi b’i Rubavu, batatu b’i Musanze, uw’i Nyamagabe, uw’i Rusizi n’uw’i Nyabihu. Kuva COVID-19 yagera bwa […]

Bwa mbere The Ben yaciye amarenga yo kuba mu munyenga w’urukundo na Miss Pamella

Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi mu muziki Nyarwanda nka ‘The Ben’, yaciye amarenga ku ncuro ya mbere y’uko ashobora kuba ari mu rukundo na Miss Uwicyeza Pamella, nyuma y’igihe bivugwa ko aba bombi bakunda. Amakuru y’urukundo rwa The Ben na Miss Pamella amaze igihe ahwihwiswa hano mu Rwanda, gusa habuze n’umwe muri bo ubyemeza ku mugaragaro. […]

Ethiopia: Igisirikare cyabohoje ibihumbi by’abasirikare bari barafashwe bugwate na TPLF

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed, yatangaje ko ingabo z’igihugu cye zamaze kwigarurira umujyi wa Mekelle usanzwe ari umurwa mukuru wa leta ya Tigray, zinabohoza ibihumbi by’abasirikare ingabo za TPLF zari zarafashe bugwate. Imirwano ya Ethiopia na Leta ya Tigray isa n’iyayigometseho yatangiye tariki ya 04 Ugushyingo, nyuma y’uko ingabo z’iriya leta zigabye igitero […]

FARDC yashyikirije u Rwanda Colonel wa CNRD iheruka gufata

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, zataye muri yombi Col Bazamanza Donat wabarizwaga mu Mutwe wa CNRD uri mu yakunze guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Actualite.cd yanditse ko uyu Col. Bazamanza yatawe muri yombi ku wa Gatatu tariki ya 25 Ugushingo afatiwe muri Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mbere yo koherezwa mu Rwanda […]

Antoine Kambanda yambitswe na Papa umwambaro w’Ubukaridinali

Arikiyepisikopi wa Kigali, Antoine Kambanda, kuri uyu wa Gatandatu yimitswe ku mugaragaro na Papa Fransisiko nka Karidinali, mu muhango wabereye muri Kiliziya ya Mutagatifu Pawulo i Roma. Karidinali Kambanda yimitswe ari kumwe n’abandi 12 baherukaga gutoranywa n’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi. Kambanda wabaye Karidinali wa mbere u Rwanda rugize mu mateka yarwo, we na […]

CAF Champions league: APR FC itsinze Gor Mahia, iyikuraho impamba idahagije

Ikipe ya APR FC itsinze Gor Mahia yo muri Kenya ibitego 2-1, mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league waberaga kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Ni umukino APR FC yihariye cyane mu gice cya kabiri cyawo, gusa ntiyabona ibitego byinshi byari kuyifasha kuzajya i Nairobi ifite impamba ihagije. Niyonzima Olivier bita Seif […]

Messi yasutse amarira abakinnyi ba FC Barcelona bibuka Diego Maradona

Kapiteni wa FC Barcelona n’Ikipe y’Igihugu ya Argentine, Lionel Messi, yaturitse ararira ubwo we na bagenzi be bafataga umunota wo kwibuka rurangiranwa Diego Armando Maradona uheruka kwitaba Imana. Byabaye ku wa Gatanu ubwo Messi na bagenzi be bari mu myitozo bitegura umukino w’umunsi wa 11 wa shampiyona ya Espagne bahuriramo na Osasuna. Maradona yitabye Imana […]

Urukiko rwategetse ko u Rwanda ruha Dr Léon Mugesera indishyi ya miliyoni 25 Frw

Urukiko rwa Afurika ku Burenganzira bwa Muntu (AFCHPR), ku wa Gatanu rwategetse u Rwanda guha Dr Léon Mugesera indishyi ya miliyoni 25Frw, nyuma yo kuruhamya kumufunga mu buryo budakwiriye ikiremwa muntu. Dr Léon Mugesera yakatiwe igifungo cya burundu muri Mata 2016, nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside n’ibindi byibasiye inyoko muntu. Ni igifungo cyashimangiwe n’Urukiko […]

Kambanda yageze i Vatican aho yimikirwa nka Karidinali ku mugaragaro

Arikiyepisikopi wa Kigali, Antoine Kambanda uherutse kugirwa Karidinali n’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, yamaze kugera i Vatican aho we n’abandi 12 bimikirwa ku mugaragaro nk’Abakaridinali. Ku Cyumweru tariki ya 25 Ukwakira ni bwo Papa Fransisiko yagize Kambanda Karidinali, ari kumwe n’abandi 12. Abandi bazamuwe mu ntera na Papa barimo Umunyamabanga mukuru wa Sinodi y’Abepiskopi, […]

Imyidagaduro n’ibitaramo ndangamuco bigiye kongera gusubukura

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 27 Ugushyingo, yemeje ifungura ry’ibikorwa by’imyidagaduro ndetse n’ibitaramo ndangamuco, gusa bikaba bigomba gusubukura gahoro gahoro. Umwanzuro uvuga ku isubukurwa ry’ibi bikorwa uvuga ko “Imyidagaduro n’ibitaramo ndangamuco bizagenda bifungura buhoro buhoro hubahirizwa amabwiriza yo kurwanya COVID-19.” Nta tariki biriya bikorwa bizasubukurirwaho yigeze itangazwa, gusa itangazo ryaturutse mu biro […]

Al Ahly yatsinze mukeba wayo Zamalek yegukana CAF Champions league ya 9

Ikipe ya Al Ahly yo mu gihugu cya Misiri, yegukanye igikombe cya cyenda cya CAF Champions league itsinze ku mukino wa nyuma mukeba wayo, Zamalek SC ibitego 2-1. Ni umukino wari utegerejwe na benshi mu bakunzi b’amaguru hano ku mugabane wa Afurika bijyanye n’ibigwi amakipe yombi afite muri ruhago ya Misiri, bikaba akarusho ko kuba […]

Ab’i Nyagatare na Gicumbi bagiye kongera kureba Tour du Rwanda

img_20201127_164830.jpg

Kuri uyu wa Gatanu ubuyobozi bw’Isiganwa ryo gusiganwa ku magare mu Rwanda ‘Tour du Rwanda’, bwatangaje amakipe, abaterankunga n’inzira Tour du Rwanda ya 2021 izanyuramo, harimo iya Nyagatare na Gicumbi amagare ataherukaga kujyamo. Ni Tour du Rwanda izatangira ku wa 21 Gashyantare 2021 isozwe ku wa 28. Umuhuzabikorwa wa Tour du Rwanda, Olivier Grand-Jean, yavuze […]

Gor Mahia yugarijwe n’ubukene yaje i Kigali yambaye imyambaro y’ikipe y’igihugu ya Kenya

img_20201127_114710.jpg

Ikipe ya Gor Mahia yugarijwe n’ikibazo cy’amikoro, yahagurutse i Nairobi muri Kenya iza i Kigali yambaye imyambaro y’ikipe y’igihugu ya Kenya ‘Harambee Stars’. Gor Mahia yitabiriye umukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league uzayihuza na APR FC ku munsi w’ejo, ukazabera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Mu kanya kashize ni bwo iriya kipe […]