Huye: Urukiko rwashyikirijwe dosiye y’ukekwaho kwica mugenzi we bapfa umukobwa
Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Huye kuri uyu wa Kabiri, itariki 20 Nzeri 2022, bwashyikirije Urukiko Rwisumbuye rwa Huye dosiye iregwamo umugabo w’imyaka 25 ukekwaho kwica mugenzi we w’imyaka 25 amuteye icyuma bapfa umukobwa . Ni icyaha bivugwa ko cyakozwe ku itariki ya 14 Nzeri 2022, mu gihe cya saa yine z’ijoro, mu Mudugudu wa […]
Kenya: Urukiko rwakatiye uwitwa Osman Lado imyaka 100 y’igifungo
Urukiko Rukuru rwa Isiolo mu gihugu cya Kenya rakatiye imyaka 100 y’igifungo uwitwa Osman Lado Gale nyuma yo kumuhamya ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba . Uyu yahamijwe ibyaha bigera kuri 12 yari akurikianweho nk’uko iyi nkuru dukesha urubuga The Star rwo muri Kenya ivuga. Bivugwa ko ku itariki ya 28 Werurwe 2017, Lado yasanganwe telephone irimo […]
Plus de deux millions d’enfants de moins de 12 ans au Rwanda seront vaccinĂ©s
Le Rwanda a commencĂ© Ă administrer le vaccin Covid-19 aux enfants âgĂ©s de cinq Ă 11 ans et on s’attend Ă ce que plus de deux millions d’enfants bĂ©nĂ©ficient de la campagne dans tout le pays . L’administration du vaccin a dĂ©butĂ© mardi 20 septembre. Selon le Dr Tharcisse Mpunga, ministre d’État chargĂ© des soins […]
Umunyapalestine washinjwaga kwica umukecuru wo muri Israel yasanzwe amanitse i Tel Aviv
Umunyapalestine wakekwagaho gukubita umukecuru w’imyaka 84 w’Umunyisiraheli kugeza apfuye yabonetse amanitse rwagati mu Mujyi wa Tel Aviv kuri uyu wa Gatatu nk’uko byatangajwe n’Igipolisi cya Israel . Polisi yari yatangije igikorwa cyo guhiga uyu munyapalestine ukekwaho icyaha witwa Mousa Sarsour w’imyaka 28, nyuma y’ubwicanyi yakoreye kuri uyu wa Kabiri ushize mu mujyi wa Holon wo […]
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaganye uruhare rw’Ingabo za Eritrea mu ntambara yo muri Ethiopia
Ingabo z’Intara ya Tigray (TPLF) mu majyaruguru ya Ethiopia ziravuga ko Eritrea yagabye igitero simusiga kandi imirwano ikaze yabereye mu turere twinshi ku mupaka nk’ikimenyetso cyo kongera ubukana mu mirwano yongeye kubura mu kwezi gushize. Amerika nayo yemeje ko Ingabo za Eritrea zinjiye muri Ethiopia irabyamagana . Kuri uyu wa Kabiri, Umuvugizi wa Tigray People […]
Putin yaburiye inshuti za Ukraine ko azakoresha intwaro kirimbuzi yongeraho ko atabeshya
Perezida Vladimir Putin kuri uyu wa Gatatu mu ijambo yagejeje ku banyagihugu yakangishije gukoresha intwaro za kirimbuzi mu kurwanya uburengerazuba kubera Ukraine, kandi aburira abayobozi b’Isi ko ibyo avuga atari imikino . Muri iri jambo rye, Perezida Putin yanavuze ko igice cy’inkeragutabara z’u Burusiya zigiye gusubizwa mu kazi kandi hagiye gutegurwa referandumu mu bice byigaruriwe […]
Ikibazo cy’izamuka rikabije ry’ibiciro ry’ibiribwa gikomeje guhangayikisha abaturage
Ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro ku masoko yo mu Rwanda gikomeje guhangayikisha abaturage, aho bamwe bemeza ko hatagizwe igikorwa bashobora kwisanga batakibona n’ifunguro rimwe ku munsi . Ibyo kurya nk’ibishyimbo, kawunga, umuceri, imyumbati, ibijumba n’ibitoki n’ibirayi, benshi mu Banyarwanda bakunze kwifashisha, ikiguzi cyabyo cyagiye kikuba kabiri, cyangwa gatatu hamwe na hamwe. Nk’ikilo k’ibishyimbo cyaguraga ku mafaranga 400, […]
Nyarugenge: Yafatanwe amadolari 1500 y’amiganano yashakaga kuyavunjisha
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Nyarugenge yafatanye uwitwa Mfitumukiza Marcel ufite imyaka 55 y’amavuko, amadorali y’Amerika y’amiganano angana n’igihumbi na maganatanu (US $1,500) agizwe n’inoti 20 zirimo 10 z’ijana n’izindi 10 za mirongo itanu . Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP), Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko Mfitumukiza […]
Paris: Urukiko rwahamije abapolisi 3 icyaha cyo kwica umwirabura rusubika igifungo bakatiwe
Kuri uyu wa Kabiri, urukiko rwo mu Bufaransa rwahamije abapolisi batatu icyaha cyo kwica umugabo w’umwirabura i Paris mu 2015 . Umucamanza yavuze ko buri wese yakatiwe igifungo cy’amezi 15 y’igifungo gisubitswe nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga. Amadou Koume yapfuye nyuma yo gukubitwa hasi n’abapolisi bamusanze mu kabari, bakamuryamisha yubitse inda acyambaye amapingu […]
Le rappeur Danny Nanone arrêté
Le cĂ©lèbre musicien rwandais Danny Ntakirutimana, plus connu sous le nom de scène Danny Nanone, est dĂ©tenu par le Bureau d’enquĂŞte rwandais (RIB) pour avoir prĂ©tendument agressĂ© une femme . Le rappeur a Ă©tĂ© arrĂŞtĂ© le lundi 19 septembre et est dĂ©tenu Ă la station RIB de Kicukiro, comme l’a confirmĂ© le porte-parole de l’agence […]
Abatalibani bahererekanyije imfungwa n’Abanyamerika
Kuri uyu wa Mbere ushize, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ubutegetsi bw’Abatalibani bakoze ihererekanya ry’imfungwa, hagati y’uwahoze ari umusrikare wa Amerika n’umuterankunga w’Abatalibani umaze imyaka 17 afunzwe n’abanyamerika, wakiriwe neza i Kabul. Umunyamerika Mark Frerichs washimutiwe muri Afghanistan mu 2020, yaguranwe Bashar NoorzaĂŻ, umutware w’intambara wegereye Abatalibani wafungiwe muri Amerika azira gucuruza ibiyobyabwenge. Minisitiri w’ububanyi […]
Fizi: Abantu 5 biciwe mu mirwano yahuje Gumino, Twirwaneho, Android na Biloze Bishambuke
Umutekano uracyakemangwa muri Teritwari ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho hagati yo kuwa Gatandatu no ku Cyumweru, itariki 18 Nzeri, ihuriro ry’imitwe ya Gumino, Twirwaneho na Android yongeye gukozanyaho mu mirwano ikaze n’umutwe wa Biloze Bishambuke . Iyo mirwano mishya biravugwa ko yaguyemo abantu batanu abandi benshi barakomereka nk’uko byemezwa n’Umuhuzabikorwa wa sosiyete […]
DIGP Ujeneza yakoreye uruzinduko muri Mozambique
Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe imiyoborere n’abakozi, DIGP Jeanne Chantal Ujeneza, kuri uyu wa Mbere, tariki ya 19 Nzeri, yitabiriye umuhango wo gusoza icyiciro cya 42 cy’abapolisi basoje amahugurwa y’ibanze bagera ku bihumbi 11 barimo abagore ibihumbi 4 ku butumire bw’Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Repubulika ya Mozambique, IGP Bernadino Rafael . […]
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tchad yeguye ku mirimo ye
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’agateganyo wa Tchad, Mahamat Zene Cherif, yatangaje ko yeguye ku mirimo ye kubera kutumvikana na guverinoma y’ingabo ziri ku butegetsi mu gihe igerageza gufungura ibiganiro n’inyeshyamba no kurangiza ubutegetsi bwa gisirikare . Kwegura kwa Cherif kwabaye kuri uyu wa Mbere ubwo ibiganiro byatangijwe n’umuyobozi wa guverinoma, Gen. Mahamat Idriss Deby Itno, bibera […]
RDC: Uwari umujyanama wa perezida wafashwe amashusho yaka ruswa yahamagajwe n’ubushinjacyaha
Idosiye nshya irafungurwa kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 21 Nzeri 2022, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aho uwahoze ari umujyanama w’umukuru w’igihugu, Vidiye Tshimanga, agomba kwitaba ubushinjacyaha bukuru mu rukiko rw’ubujurire rwa Kinshasa / Gombe agahatwa ibibazo . Ibi nibyo bivugwa mu butumire bwohererejwe uwahoze ari umuyobozi muri perezidansi. Ubu butumire bwashyizwe ahagaragara […]
Kagame à Londres pour les funérailles de la reine Elizabeth II
Le prĂ©sident Paul Kagame est arrivĂ© dimanche Ă Londres dimanche au Royaume-Uni pour assister aux funĂ©railles de feu la reine Elizabeth II . Ce lundi 19 septembre, le prĂ©sident Kagame a rejoint les chefs d’État et de gouvernement du monde entier Ă l’abbaye de Westminster pour ses funĂ©railles. Kagame, qui est Ă©galement prĂ©sident en exercice […]
Moto 80 zafashwe na polisi kubera gupakira birenze urugero

Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe gucunga umutekano wo mu muhanda riributsa abatwara ibinyabiziga bitandukanye ko gutwara imizigo irengeje ubushobozi bwabyo rimwe na rimwe bigatera impanuka cyangwa bigahungabanya ubwisanzure bw’abagenzi ndetse bigahisha nimero iranga ikinyabiga bityo ikinyabiziga cyagize uruhare mu makosa yo mu muhanda ntikibashe kumenyekana bitewe n’umuzigo kikoreye ko bitemewe kandi ko bihanirwa . Umuvugizi […]
Paris: Umuhanzi Koffi Olomide yongeye kwisanga mu mazi abira
Umuhanzi Koffi OlomidĂ© yongeye kwisanga mu mazi abira nyuma ya videwo ngufi, yafatiwe i Paris yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga imugaragaza akora mu buryo budakwiriye umwe mu babyinnyi be, igikorwa kitakiriwe neza kuva aho uyu muhanzi agizwe kuva mu ntangiriro za 2022, Ambasaderi w’Umuco wa Congo . Amashusho yashyizwe ahagaragara amara amasegonda make, agaragaza Koffi OlomidĂ©, […]
Cameroun: Abitwaje intwaro bashimuse abapadiri 5 n’umubikira nyuma yo gutwika kiliziya
Abantu batamenyekanye, bitwaje imbunda, bafashe bugwate abantu umunani , barimo abapadiri batanu nyuma yo gutwika kiliziya ya St Mary de Nchang, i Bamenda, mu majyaruguru y’iburengerazuba bwa Cameroun . Abo bantu batamenyekanye batwitse kiliziya ku wa Gatanu, itariki ya 16 Nzeri 2022, mbere yo gutwara abapadiri batanu, umubikira n’abakirisitu babiri. Ihuriro ry’Abepiskopi bo mu Ntara […]
Amashuri azaka amafaranga y’ishuri arenze aherutse kwemezwa yaburiwe
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’uburezi ushinzwe amashuri y’imyuga, ubumenyingiro n’ikoranabuhanga Irere Claudette, yavuze ko nta muyobozi w’ikigo cy’ishuri ukwiye kwishyuza ababyeyi amafaranga y’ishuri arenze ayashyizweho n’iyi minisiteri . Yagize ati “Abavuga ngo twari dufite initiative nziza yo gushyiraho inzitiro,hari n’abubaka ama sales mberabyombi bagakoreramo ibindi bikorwa ibyo na byo twasabye abayobozi b’uturere mu Mujyi […]
Uko gaz u Burusiya bwoherezaga muri EU yagabanyutseho 43% ariko inyungu ikikuba gatatu
Ibihano by’uburengerazuba bigamije gukoma mu nkokora inganda za gaz y’u Burusiya biravugwa ko byagize ingaruka zitandukanye n’izari zitezwe, kubera ko kuzamuka kw’ibiciro by’ingufu byafashije igihangange mu bucukuzi n’ubucuruzi bwa gaz mu Burusiya, Gazprom, kongera inyungu . N’ubwo gaz yoherezaga mu bihugu by’u Burayi yagabanyutse bikabije, iyi sosiyete yo yakubye kabiri inyungu ikura muri gaz yohereza […]
Somalia: Abaturage bitwaje intwaro bishe abarwanyi ba Al Shabab 45 baca imitwe bamwe muri bo
Abarwanyi bashyigikiwe na Leta ya Somalia bishe abarwanyi ba al-Shabab bagera kuri 45 baca imitwe bamwe muri bo. Abantu batatu babibonye babitangaje kuri iki Cyumweru, mu gihe abaturage bo mu ntara zo hagati bahagurukiye rimwe bafata ibirwanisho kugirango barwanye iterabwoba . Bivugwa ko abo barwanyi ba Al Shabab baciwe imitwe kuwa Gatandatu, nyuma y’imirwano yabereye […]
Perezida Biden yijeje ko u Bushinwa nibutera Taiwan batazitwara nk’uko bitwaye kuri Ukraine
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko ingabo za Amerika zizarinda Taiwan igitero cy’Abashinwa, kikaba ari ikimenyetso gikomeye cyerekana ko hahindutse politiki ya Washington imaze imyaka ibarirwa muri za mirongo idasobanutse neza kuri demokarasi y’iki kirwa . Biden abajijwe kuri televiziyo niba ingabo za Amerika zizarinda ikirwa cyiyobora u Bushinwa nibugitera, […]
Espagne yoherereje Ukraine indege eshanu zipakiye amasasu y’imbunda zirasa kure
Igihugu cya Espagne cyohereje muri Ukraine indege eshanu zitwara imizigo z’Igisirikare kirwanira mu kirere zipakiye amasasu y’intwaro zirasa, nk’uko byatangajwe n’abayobozi bakuru b’ingabo za Ukraine . “Minisiteri y’ingabo ya Espagne yatangaje ku mugaragaro ko ku ya 9 Nzeri 2022, indege T-23 y’ingabo zirwanira mu kirere za Espagne yahagurutse mu birindiro by’ingabo zirwanira mu kirere bya […]
Museveni yagarutse ku isabukuru y’imyaka 48 ya Muhoozi yavugishije abamurwanya
Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yongeye kugira icyo avuga ku isabukuru yavugishije abatari bacye y’imyaka 48 y’umuhungu we, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba yizihijwe ku itariki ya 24 Mata 2022 . Perezida Museveni yavuze ko urubyiruko rushyigikiye Muhoozi rwashakaga guca intege impirimbanyi zitavuga rumwe n’ubutegetsi zashakaga kubyaza umusaruro intege nke za NRM ku nyungu za politiki […]
Byinshi kuri Ramzi Yousef, ikihebe kabuhariwe cyacuze umugambi wo kwivugana Papa
Ramzi Ahmed Yousef, wavukiye muri Koweti ku ya 27 Mata 1968, ni ikihebe kabuhariwe cyateguye igitero cya bombe ku miturirwa zy’ubucuruzi y’impanga izwi nka World Trade Center mu 1993. Ni umwe mu bagize uruhare mu gutegura ibikorwa by’iterabwoba bikomeye byavumbuwe kugeza ubu, birimo umugambi waburijwemo wo guturikiriza indege 11 hejuru y’inyanja ya pasifika n’undi nawo […]
Perezida Joe Biden yaburiye Putin ku gukoresha intwaro za kirimbuzi
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yihanangirije mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin, amusaba kwirinda gukoresha intwaro za kirimbuzi cyangwa iz’ubumara nyuma y’uko ingabo ze zikomeje kwamburwa ahantu hatandukaye zari zarigaruriye mu ntambara yo muri Ukraine . Mu kiganiro “60 Minutes”yagiranye na US TV gitambuka kuri iki Cyumweru, Perezida Joe Biden yagize […]
Ubwato bwikoreye toni 30,000 z’ingano bwahagurutse muri Ukraine bwerekeza muri Afurika
Kuri uyu wa Gatandatu, minisiteri y’ibikorwaremezo ya Ukraine yatangaje ko ubwato bwa gatatu bw’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa ku Isi (WFP), bwavuye ku Cyambu cya Chornomorsk cyo ku Nyanja y’Umukara muri Ukraine bwikoreye toni zigera ku 30.000 z’ingano werekeza muri Afurika . Mu itangazo yashyize ahagaragara, iyi minisiteri yagize iti“Ubwato bwerekeje muri Ethiopia. Dukurikije […]
Le procès de Bamporiki reporté au 21 septembre
Le tribunal de grande instance de Nyarugenge a reportĂ© l’audience au fond de l’affaire contre le ministre d’État chargĂ© de la Culture, suspendu, Edouard Bamporiki, au mercredi 21 septembre prochain . Bamporiki est accusĂ© de crimes de corruption et est assignĂ© Ă rĂ©sidence depuis le 5 mai. Le vendredi 16 septembre, il a comparu devant […]
Urubanza rwa Kayumba Christopher rwimuriwe muri gereza
Umucamanza mu Rukiko Rwisumbuye wa Nyarugenge yategetse ko urubanza rwa Dr. Christopher Kayumba ruzakomereza muri Gereza ya Mageragere nyuma yo kurwitaba uyu munsi ariko rugasubikwa bisabwe n’urukiko . Kayumba Christopher n’umwunganizi we bagaragaje ko bafite impungenge z’iki cyemezo cyimurira iburanisha muri gereza. Umucamanza ukuriye iburanisha muri uru rubanza Kayumba aregwamo icyaha cyo gusambanya ku gahato, […]
Miliyoni zisaga 300 z’abaturage ku Isi zugarijwe n’ikibazo cy’inzara kitigeze kibaho – WFP
Umuyobozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ibiribwa (WFP) yaburiye ko Isi igiye guhura n’ikibazo gikomeye itigeze ihura nacyo, aho abantu bagera kuri miliyoni 345 bagenda basatira guhura n’inzara mu gihe miliyoni 70 zari zigiye kugarizwa n’inzara kubera intambara yo muri Ukraine . Kuri uyu wa Kane, itariki 15 Nzeri, David Beasley, umuyobozi mukuru wa WFP, yabwiye […]
Hejuru ya kimwe cya kabiri cy’ubutunzi bwa Afurika bwihariwe n’ibihugu bitatu
Hejuru ya kimwe cya kabiri cy’ubutunzi bwa Afurika bugenzurwa n’ibihugu bitatu gusa nk’uko bigaragara muri raporo ya Africa Wealth Report y’uyu mwaka yasohowe n’ikigo ngishwanama mu by’ishoramari cyo mu Bwongereza, Henley & Partners, ku bufatanye n’ikigo cy’ubutasi mu by’ubukungu cyo muri Afurika y’Epfo, New World Wealth . Afurika y’Epfo, Misiri, na Nijeriya byihariye miliyari 651 […]
Perezidansi y’u Burusiya yateye utwatsi iby’umugambi wo kwivugana Perezida Putin
Umuvugizi wa Perezidansi y’u Burusiya, Dmitry Peskov, kuri uyu wa Kane ushize yahakanye amakuru yatangajwe n’ibinyamakuru y’uko aba hari umugambi urimo gucurwa wo kwivugana Perezida Putin . Ayo makuru yatangiye kumvikana kuwa Gatatu ushize, itariki 14 Nzeri anyuze ku muyoboro wa Telegram, nyuma yandikwa mu kinyamakuru cyo mu Bwongereza, The Sun. Byavugwaga ko igitero kuri […]
Abaminisitiri bakozwe n’isoni nyuma yo kugereranya uruhande rwa Uganda n’u Rwanda ku mupaka wa Gatuna

Abaminisitiri bakuru muri Guverinoma ya Uganda barimo uw’ubwikorezi, Gen. Katumba Wamala, ngo batunguwe kandi bakorwa n’isoni nyuma yo kwitegereza ukuntu uruhande rwubatswe vuba rwo ku mupaka uhuriweho wa Katuna rutangiye kwangirika mu gihe uruhande rw’u Rwanda, rusa neza kandi rukabungabungwa neza. Abaminisitiri batangajwe n’ukuntu uru ruhande rwa Uganda rutangiye kwangirika n’imirimo yo kuruvugurura itararangira, bagereranyije […]
Koreya y’Epfo yashyikirije u Bushinwa ibisigazwa by’abasirikare babwo

Kuri uyu wa Gatanu, Koreya y’Epfo yasubije iwabo ibisigazwa by’abasirikare 88 b’Abashinwa bishwe mu gihe cy’Intambara ya Koreya, iyi ikaba ari yo mihango ya mbere nk’iyi kuva Perezida wa Koreya y’Epfo Yoon Suk-yeol yatangira imirimo muri Gicurasi . Abashinzwe umutekano muri Koreya y’Epfo batanze amasanduku y’ibiti arimo ibisigazwa mu birori byabereye ku kibuga cy’indege cya […]
Perezida Hichilema yahagaritse umushinjacyaha mukuru uvuga ko ubuzima bwe buri mu kaga
Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, yahagaritse umushinjacyaha mukuru wa repubulika nyuma y’iminsi ibiri gusa abwiye BBC ko ubuzima bwe buri mu kaga . Lillian Siyunyi washyizweho na guverinoma yabanjirije iriho, ntabwo yari abanye neza n’ubuyobozi buriho kandi yari akurikiranweho ibibazo by’imyitwarire idahwitse na komisiyo ishinzwe ibirego by’ubucamanza (JCC). Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu […]
L’Ă©conomie du Rwanda a augmentĂ© de 7,5% au deuxième trimestre de 2022
L’Ă©conomie du Rwanda a augmentĂ© de 7,5 % au deuxième trimestre de 2022, en grande partie grâce aux secteurs des services et de l’industrie . Les perspectives sont contenues dans la dernière mise Ă jour du produit intĂ©rieur brut (PIB) publiĂ©e jeudi par le ministère des Finances et de la Planification Ă©conomique. D’avril Ă juin, […]
Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho 7.5% mu gihembwe cya 2 cya 2022

Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho 7.5 ku ijana mu gihembwe cya kabiri cya 2022, bubikesha ahanini serivisi n’inganda, mu gihe mu gihembwe cya mbere bwari bwazamutseho 7.9% . Ibi byagaragajwe na minisiteri y’imari n’igenamigambi igaragaza uko umusaruro mbumbe w’imbere mu gihugu uhagaze kuri uyu wa Kane. Iyi minisiteri ivuga ko kuva muri Mata kugeza muri Kamena, […]
FBI irashakisha umutekamutwe w’Umunyanijeriya wariye Leta ya New York asaga miliyoni 30$
Umusore w’imyaka 29 ukomoka muri Nigeria arashakishwa n’ubutabera bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kubera gutekera umutwe Leta ya New York akayiba agera kuri miliyoni 30 z’amadolari . Mu itangazo ryo ku ya 9 Nzeri 2022 ryashyizwe ahagaragara n’ubushinjacyaha wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu karere k’iburasirazuba bwa Pennsylvania, Chidozie Collins Obasi, yashinjwe icyaha […]
Suede: Minisitiri w’Intebe Magdalena Andersson yeguye ku mirimo ye

Minisitiri w’Intebe wa Suede, Magdalena Andersson, yatangaje ko aza kwegura ku mirimo ye nyuma y’uko guverinoma ye itsinzwe mu matora yo ku Cyumweru . Ihuriro rya Magdalena Andersson risa nkaho ryatsinzwe cyane n’amashyaka atavuga rumwe naryo yabonye imyanya 176 kuri 173, mu majwi 99% amaze kubarurwa. Umuyobozi w’ishyaka Moderate Party, Ulf Kristersson, ubu biteganijwe ko […]
Rubavu: Polisi yafatanye batatu magendu irimo imyenda n’inkweto bya caguwa
Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU) mu Karere ka Rubavu, kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki ya 13 Nzeri, ryafashe abantu batatu bari binjije mu gihugu ibicuruzwa bitandukanye bya magendu, babikuye mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), bakoresheje inzira zitemewe zizwi nka Panya, bakaba bafatiwe mu murenge wa Gisenyi, […]
Umuhanzi R. Kelly yahamijwe icyaha cyo gukoresha abana filimi z’urukozasoni
Kuri uyu wa Gatatu, itariki 14 Nzeri 2022, umuririmbyi wa R&B, R. Kelly, yahamijwe ibyaha ashinjwa byo gukoresha abana filimi z’urukozasoni (Child Pornography) no gushuka abana b’abakobwa batujuje imyaka y’ubukure ngo baryamane na we, ariko urukiko rwasanze adahamwa n’icyaha cyo kubangamira ubutabera mu rubanza rwo mu 2008 rwarangiye agizwe umwere . Ubushinjacyaha bwavuze ko mu […]
RDC: Lt. Col. Mbonza Lucien wa FARDC yishwe n’inyeshyamba za ADF
Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 14 Nzeri 2022, abantu 5 barimo abarwanyi 4 ba ADF n’umusirikare w’ipeti rya Lt. Colonel wa FARDC bapfiriye mu mirwano yabereye ku muhanda wa Mbau-Kamango, muri Teritwari ya Beni muri Kivu y’Amajyaruguru . Nk’uko byatangajwe na Capt. Anthony Mwalushayi, Umuvugizi w’ibikorwa bya Sukola 1, ngo umusirikare mukuru wa FARDC […]
PAC yasabye Akarere ka Nyagatere gusobanura ukuntu kishyuye kabiri rwiyemezamirimo
Akarere ka Nyagatare kasabwe ibisobanuro ku makosa agaragara muri raporo y’umugenzuzi w’imari ya leta ya 2020-2021, aho abadepite bagaragaje ko aka karere kishyuye inshuro zirenze imwe rwiyemezamiro wari warahawe isoko rya miliyoni 11 z’mafaranga y’u Rwanda ryo kugemura inyongeramusaruro mu buhinzi . Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari ya leta (PAC) bagaragaje ko hari […]
Le ministère du Commerce dĂ©ploie des Ă©quipes pour examiner les raisons des prix “inquiĂ©tants” de la pomme de terre irlandaise
Le ministère du Commerce et de l’Industrie a dĂ©ployĂ© des Ă©quipes dans tout le pays pour enquĂŞter sur les facteurs Ă l’origine de la hausse drastique des prix de la pomme de terre irlandaise . « Nous avons envoyĂ© des Ă©quipes sur le terrain. Nous aurons un rapport vendredi prochain après avoir bien compris les […]
Perezida Zelenskyy yazamuye ibendera rya Ukraine mu mujyi baherutse kwambura u Burusiya

Perezida Zelenskyy yongeye kuzamura ibendera rya Ukraine na none mu mujyi wa Izyum baherutse kwambura u Burusiya. U Bwongereza bwemeje ko Ukraine ishobora kuba yarahanuye drone y’intambara yakozwe na Iran . Kuri uyu wa Gatatu, nibwo Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy yagiye muri uyu Mujyi wa Izyum, nyuma y’iminsi mike wambuwe u Burusiya. Ibiro bya […]
Abagabo babiri bapfuye nyuma yo gupfa umwana wiga mu mashuri abanza
Abagabo babiri bo mu gihugu cya Uganda bapfuye nyuma yo guterana amagambo no kurwana bapfa umwana w’umukobwa wiga mu mwaka wa karindwi w’amashuri abanza buri umwe avuga ko ari umukunzi we . Byose byatangiye ubwo Dickson Okiror w’imyaka 28, umukozi usanzwe mu mujyi wa Ngora, yasangaga uwo mukunzi we (izina ryagizwe ibanga), umunyeshuri wiga mu […]
Uwahoze ari Perezida w’u Burusiya yifashishje ibyahishuwe mu kuburira Uburengerazuba
Uwahoze ari Perezida w’u Burusiya, Dmitry Medvedev, yifashishije igitabo cy’Ibyahishuwe cyo muri Bibiliya kugira ngo agire icyo avuga ku cyifuzo Ukraine iherutse gushyira ahagaragara mu rwego rwo gusaba garanti y’umutekano wayo . Kuri uyu wa Kabiri ushize, uwahoze ari Perezida w’u Burusiya, Dmitry Medvedev, mu magambo akakaye cyane cyangwa ibitutsi yanditse ku rubuga rwe rwa […]
Prince William na Harry baragenda inyuma y’isanduku y’Umwamikazi asezerwaho i London

Kuri uyu wa Gatatu, Igikomangoma William na murumuna we, Harry baragendana inyuma y’isanduku y’Umwamikazi Elisabeth II ubwo aza kuba asezerwaho mu Mujyi wa London . Aba bavandimwe, hamwe n’Umwami Charles III, nk’uko bisanzwe mu migenzo y’Abongereza biteganyijwe ko baza gukurikira isanduku irimo umugogo w’umwamikazi bagenda n’amaguru kuva ku ngoro ya Buckingham kugera kuri Hallminster Hall. […]
Abapolisi 155 b’u Rwanda bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 13 Nzeri, Polisi y’u Rwanda, yasezeye ku mugaragaro ku bapolisi 155 bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru mu muhango wabereye ku cyicaro cya Polisi y’u Rwanda, giherereye ku Kacyiru . Uyu muhango wayobowe na Minisitiri w’Umutekano, Gasana Alfred, witabiriwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza ari kumwe n’abayobozi […]
Urufaya rw’ingumi n’amacupa y’amazi mu Nteko ishinga Amategeko ya Senegal rwahagaritswe na polisi
Kuri uyu wa Mbere ushize mu gihugu cya Senegal habaye agashya mu Nteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu aho byabaye ngombwa ko hiabazwa abashinzwe umutekano ngo bakize abadepite bari barimo gutera ingumi n’amacupa y’amazi bagerageza kuburizamo amatora ya perezida mushya w’inteko . Inteko yateranye ku nshuro ya mbere kuva amatora yo muri Nyakanga yaba, aho ihuriro […]
TPLF irashinja Igisirikare cya Ethiopia kongera kugaba ibitero bya drones kuri Mekele
Kuri uyu wa Kabiri, abayobozi b’inyeshyamba zo mu Ntara ya Tigray bashinje Ingabo za Ethiopia kwica abasivili batandatu mu gitero cy’indege ku murwa mukuru wabo, Mekele, nyuma y’iminsi ibiri bafunguriye imiryango ibiganiro by’amahoro no guhagarika imirwano . Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi mu bitaro bya Ayder, bikuru muri Mekele, ngo byibuze umuntu umwe yakomerekeye muri icyo gitero […]
Perezida Alberto Fernandez wa Argentine yahishuye ko ari we wari utahiwe kwicwa
Perezida wa Argentine, Alberto Fernandez, kuri uyu wa Mbere ushize yatangaje ko abaherutse ugerageza kwica Visi-Perezida, Cristina Fernández de Kirchner, na we bashakaga kumwica . Fernandez yabwiye televiziyo yo muri Espagne, Telecinco, ko yageze kuri uyu mwanzuro nyuma yuko abashinzwe ubugenzacyaha babonye amakuru mashya. Avuga ku bakekwaho icyaha; Fernando Sabag Montiel na Brenda Uliarte, yagize […]
ICC: Urukiko rw’ubujurire rwateye utwatsi icyemezo cyishyuza Bosco Ntaganda indishyi ya miliyoni 30$
Kuri uyu wa Mbere, itariki 12 Nzeri 2022, urugereko rw’ubujurire rw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) i La Haye rwanze icyemezo cyo guha miliyoni 30 z’amadolari y’indishyi ku bana bagizwe abasirikare ndetse n’abandi bahohotewe na Gen. Bosco Ntaganda, wahamwe n’ibyaha by’intambara n’ibyaha byibasiye inyokomuntu byakorewe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo . Ntaganda yakatiwe igifungo cy’imyaka 30 […]
Amafoto: Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar

Mu ruzinduko rwe akomeje asura ibihugu byo mu Nyanja y’u Buhinde, Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo, kuri uyu wa Mbere, itariki 12 Nzeri yakiriwe na Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, nyuma yo kugera muri iki gihugu ku Cyumweru akubutse mu Birwa bya Maurice . Akigera muri Madagascar, Umunyamabanga Mukuru wa OIF yasuye ishyirahamwe CADRI […]
Ray J yahishuye ko nyina wa Kim Kardashian ari we wahisemo kaseti bafashe basambana yo gushyira hanze
Umuhanzi Ray J wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahishuye ko Kris Jenner yarebye verisiyo zitandukanye z’amashusho ye yafashwe akora filimi asambana na Kim Kardashian mu 2007 kugirango ashobore guhitamo aho umukobwa we yagaragaraga neza mbere y’uko ayo mashusho ashyirwa hanze . Ray J, ubusanzwe amazina ye yose ari William Ray Norwood Jr. akaba […]
Miliyoni 50 z’abatuye Isi ziracyabaho mu bucakara – Loni
Kuri uyu wa Mbere, Umuryango w’Abibmbye watangaje ko abantu miliyoni 50 ku Isi bafatiwe mu mirimo y’uburetwa cyangwa gushyingirwa ku gahato, uburira ko umubare w’abantu bisanga muri ubu bucakara bushya wakomeje kuzamuka muri iyi myaka ishize . Umuryango w’Abibumbye wari wizeye kurandura burundu uburetwa bwose mu 2030. Aho kugirango bibe, umubare w’abantu bafatiwe mu mirimo […]
Rurageretse hagati ya BPR n’Akarere ka Nyamasheke kayishyuza asaga miliyoni 600 muri dosiye imaze imyaka 9
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) iri mu rubanza rw’amafaranga asaga miliyoni 600 n’akarere ka Nyamasheke, aho irimo kujuririra impamvu zishingiye ku mategeko inkiko z’ibanze zashingiyeho mu kuyica amande menshi . Ni ihazabu ituruka kuri rwiyemezamirimo wananiwe kurangiza umushinga w’akarere uyu yari afitiye garanti y’imikorere yahawe na banki. Nk’uko iyi dosiye ibigaragaza, ibibazo byatangiye mu 2008 […]
Kagame Ă Nairobi pour l’investiture de Ruto
Le prĂ©sident Paul Kagame est arrivĂ© lundi 12 septembre Ă Nairobi pour assister Ă la cĂ©rĂ©monie de prestation de serment du prĂ©sident Ă©lu William Ruto, selon la prĂ©sidence . La cĂ©rĂ©monie devrait avoir lieu mardi et rĂ©unira au moins 20 chefs d’État, principalement de la rĂ©gion. Ă€ son arrivĂ©e, Kagame a eu des entretiens avec […]
Imirwano yongeye kubura hagati ya Armenia na Azerbaijan
Imirwano ishingiye ku makimbirane yo ku mupaka yongeye kubura hagati y’ibihugu bibiri byo mu Burayi; Armenia na Azerbaijan, aho bivugwa ko umubare utaramenyekana w’abasirikare ba Azerbaijan bahasize ubuzima . Iyi mirwano yatangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, ije ikurikira imirwano iheruka kuba hagati y’ibihugu by’abanzi, biheruka kurwana mu 2020 bipfa akarere ka Nagorno-Karabakh […]