Guverinoma yafunguye utubari nyuma y’umwaka n’igice dufunze

img_20210921_215124.jpg

Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro kuri uyu wa Mbere iyobowe na Perezida Paul Kagame, yemeje ko utubari two hirya no hino mu gihugu twongera gukora nyuma y’umwaka umwe n’igice dufunze. Ku wa 21 Werurwe 2020 ubwo hari hashize icyumweru kimwe icyorezo cya COVID-19 kigeze mu Rwanda, ni bwo Guverinoma yafashe icyemezo cyo gufunga bimwe […]

Minisitiri Biruta yashyikirije Perezida Hakainde Hichilema ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, kuri uyu wa Kabiri yabonanye na Perezida Hakainde Hichilema uheruka gutorerwa kuyobora Zambia, amushyikiriza ubutumwa yagenewe na Perezida Paul Kagame. Minisitiri Biruta na Perezida wa Zambia babonaniye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bombi bitabiye Inteko Rusange ya 76 y’Umuryango w’Abibumbye. Minisiteri y’Ububanyi […]

Burundi: Minisitiri w’Intebe Bunyoni yasuye abarenga 100 bakomerekeye mu bitero bya grenades

Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, CPG Allain-Guillaume Bunyoni, kuri uyu wa Kabiri yasuye mu bitaro Abarundi barenga 100 baheruka gukomerekera mu bitero bya za grenades biheruka kugabwa mu mujyi wa Bujumbura. Ku mugoroba w’ejo ku wa Mbere ni bwo i Bujumbura hakabwe ibitero bibiri bya za Grenades, zimwe ziterwa ahategerwa imodoka zitwara abagenzi indi iterwa ahacururizwa […]

Muri Sudani hapfubye Coup d’Etat, abasirikare 40 batabwa muri yombi

Abasirikare babarirwa muri 40 ba Repubulika ya Sudani batawe muri yombi, nyuma yo kugerageza guhirika ubutegetsi bwa kiriya gihugu kuri uyu wa Kabiri bikarangira uwo mugambi upfubye. Abayobozi bakuru n’abasirikare bavuganye na CNN bavuze ko abagerageje guhirika ubutegetsi muri Sudani babanje kugerageza kwigarurira inyubako ikoreramo Televiziyo y’Igihugu iri mu mujyi wa Omdurman ndetse n’icyicaro gikuru […]

Umutoza Ronald Koeman wa FC Barcelona mu mazi abira

Amakuru aturuka mu bitangazamakuru bitandukanye byandika imikino muri Espagne, aravuga ko ikipe ya FC Barcelona yafashe icyemezo cyo kudakomezanya n’umutoza Ronald Koeman kubera umusaruro mubi. Mu mwaka ushize ni bwo uyu mugabo ukomoka mu gihugu cy’u Buholandi yageze muri FC Barcelona, asimbuye Quique Sétien wari umaze kwirukanwa. Koeman mu mwaka we wa mbere igikomeye yafashije […]

Umunyamakuru Jado Castar yatawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi umunyamakuru Bagirishya Jean de Dieu uzwi nka Jado Castar rumukekaho gukoresha inyandiko mpimbano. Jado Castar usanzwe ari umuyobozi mukuru wa Radio B&B FM-Umwezi, anasanzwe ari Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe Amarushanwa mu Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Volleyball (FRVB). Uyu mugabo yatawe muri yombi ejo ku wa Mbere tariki […]

Cabo Delgado: Ibyihebe 15 byarambitse intwaro hasi, byishyikiriza ingabo

Abarwanyi 15 bo mu mutwe witwaje intwaro umaze igihe warayogoje igihugu cya Mozambique, baheruka kurambika hasi intwaro bishyikiriza inzego za gisirikare n’izishinzwe umutekano mu karere ka Macomia ho mu ntara ya Cabo Delgado. Amakuru avuga ko aba barwanyi mbere yo kuyamanika bari muri kimwe mu birindiro byabo biherereye mu gace ka Quiterajo muri Macomia. Ikinyamakuru […]

Aya makuru nta gaciro akwiye guhabwa kuko ari ibinyoma_APR FC kuri Eto’o na Adil

Ikipe ya APR FC yanyomoje amakuru avuga ko yamaze kwirunaka Mupenzi Eto’o ushinzwe kuyigurira na kuyigurishiriza abakinnyi no gusimbuza Mohamed Adil Erradi usanzwe ari umutoza wayo mukuru, ivuga ko aya amakuru ari ‘ibinyoma bidakwiye guhabwa agaciro.” Ni nyuma y’uko kuri uyu wa Mbere hiriwe hacicikana amakuru avuga ko iyi kipe y’Ingabo z’igihugu yamaze kwirukana Eto’o, […]

Paul Rusesabagina yakatiwe gufungwa imyaka 25, Nsabimana Callixte ‘Sankara’ akatirwa 20

Urukiko kuri uyu wa Mbere rwakatiye Paul Rusesabagina igifungo cy’imyaka 25 na ho Nsabimana Callixte Sankara rumukatira imyaka 20, nyuma yo kubahamya ibyaha bitandukanye bifitanye isano n’iterabwoba. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Nzeri ni bwo hasomwe umwanzuro w’urubanza rwaregwagamo Rusesabagina na bagenzi be 19 barimo Nsabimana Callxte Sankara na Nsengimana Herman bombi bahoze […]

Mwakotanye intsinzi kandi muyigeraho_Gen Bayingana ashimira abakinnyi ba APR FC

Umuyobozi wungirije wa APR FC, Brig Gen Firmin Bayingana, yashimiye abakinnyi ba APR FC nyuma yo kugera mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league, ababwira ko babonye intsinzi nyuma yo kuyikotanira. APR FC ejo ku Cyumweru ni bwo yageze mu ijonjora rya kabiri muri CAF Champions league, nyuma yo gutsinda Mogadishu City Club yo […]

Ingabo za RDF n’iza FADM babonye abagore n’abakobwa bari barashimuswe n’ibyihebe

Ingabo z’u Rwanda (RDF) zifatanyije n’iza Mozambique (FADM), zabohoje abakobwa n’abagore bari bamaze imyaka ibiri barafashwe bugwate n’umutwe w’iterabwoba wari warigaruriye Cabo Delgado. VOA Português yavuze ko aba bagore n’abakobwa babohowe mu cyumweru gishize, nyuma y’imirwano yabereye mu duce dutandukanye tugize Cabo Delgado. Itsinda rya mbere rigizwe n’abakobwa icyenda barimo abashimutiwe Muidumbe ho muri Chitunda […]

Volleyball: Minisports yatangije iperereza ku birego byashyizwe ku ikipe y’u Rwanda

Minisiteri ya Siporo yatangaje irushanwa ry’Igikombe cya Afurika cya Volleyball ryaberaga mu Rwanda rigomba gukomeza ariko ritarimo ikipe y’u Rwanda, gusa ivuga ko yatangije iperereza ku birego byashyizwe ku kipe y’u Rwanda. Ni nyuma y’uko Impuzamashyirahamwe y’Umukino wa Volleyball ku Isi (FIVB) isabiye Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore gusezererwa muri Shampiyona Nyafurika ya 2021 kubera […]

Abo kwa Rwigara bavuga ko nta mwenda bigeze babamo Banki, ngo barazira kuba bafite ibibanza mu Kiyovu

Abo mu muryango wa nyakwigendera Rwigara Assinapol, baravuga ko icyemezo cy’urukiko rw’ubucuruzi cyo kugurisha Hoteli yabo ari igihimbano, bakavuga ko nta mwenda bigeze babamo Cogebanque nk’uko bivugwa. Ku wa Kane w’iki cyumweru ni bwo urukiko rwatesheje agaciro ikirego cy’uruganda Premier Tobacco Company Ltd rw’umuryango wa Assinapol Rwigara, warusabaga gutambamira cyamunara ya hoteli yabo igiye gukurishwa […]

Volleyball: U Rwanda rwirukanwe mu gikombe cya Afurika cy’abagore, ruhagarikwa imyaka ibiri

Impuzamashyirahamwe y’umukino wa Volleyball ku Isi (FIVB) ryahagaritse ikipe y’u Rwanda mu mikino y’Igikombe cya Afurika cy’abagore kiri kubera i Kigali, ndetse u Rwanda ruhanishwa kumara imyaka ibiri rutitabira imikino mpuzamahanga y’uriya mukino. Ni nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukinisha abakinnyi bane b’abanya-Brésil nyamara badafite ibya ngombwa byuzuye bibemerera gukinira u Rwanda. Ikipe y’Igihugu yahagaritswe […]

RDF ni nziza ku bw’umutekano wa Afurika_Capt Wanderi wanavuze imyato Perezida Kagame

(Rtd) Captain Collins Wanderi wahoze mu gisirikare cya Kenya, yavuze imyato Perezida Kagame n’ingabo z’u Rwanda bakomeje gutanga umusanzu ntagereranwa mu kugarura amahoro n’umutekano ku mugabane wa Afurika. Ni mu butumwa uyu mugabo usanzwe ari umusesenguzi mu bya gisirikare n’umutekano yanditse kuri Twitter ye kuri uyu wa Gatandatu. Capt wanderi yavuze ko akurikije uburyo ingabo […]

Mico The Best yamaganye amakuru y’uko yakubise umugore we akamukura amenyo

Umuhanzi Turatsinze Nkiko Prosper uzwi mu muziki nyarwanda nka Mico The Best, yamaganye amakuru yari amaze iminsi avuga ko yakubise umugore we akamukura amenyo. Umuhanzi Mico yabigarutseho ejo ku wa Gatanu, ubwo label ya KIKAC Music asanzwe abarizwamo yerekanaga umuhanzikazi Bwiza uheruka kuyinjiramo. Ku mbuga nkoranyambaga hari hamaze iminsi hasakaye amakuru avuga ko Mico The […]

Bugesera FC yasinyishije myugariro wakinaga muri Uganda wifujwe cyane na APR FC

Ikipe ya Bugesera FC, yamaze gusinyisha myugariro Kato Samuel Nemeyimana wari umaze igihe akinira ikipe ya KCCA FC yo mu gihugu cya Uganda. Uyu musore w’imyaka 21 y’amavuko yasinye amasezerano y’imyaka ibiri yo gukinira iriya kipe yo mu karere ka Bugesera. Izina Kato Samuel Nemeyimana ryavuzwe cyane hano mu Rwanda mu mpeshyi y’umwaka ushize, ubwo […]

Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri mushya w’ubutabera

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu yagize Dr Emmanuel Ugirashebuja Minisitiri mushya w’ubutabera akanaba intumwa nkuru ya Leta y’u Rwanda. Dr Ugirashebuja yasimbuye kuri uyu mwanya Busingye Johnston uheruka kugirwa Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza. Dr Ugirashebuja w’imyaka 45 y’amavuko, yavukiye i Nairobi mu gihugu cya Kenya, akaba afite impamyabumenyi y’ikirenga mu […]

Guinée: Col Mamady Doumbouya na bagenzi be bafatiwe ibihano

Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba (CEDEAO) wafatiye ibihano abasirikare barangajwe imbere na Lt Col Mamady Doumbouya baheruka guhirika ubutegetsi bwa Alpha Condé wahoze ari Perezida wa Guinée-Conakry. Ni nyuma y’inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu byo muri uriya muryango yateraniye i Accra muri Ghana, ku mugoroba w’ejo ku wa Kane. Imyanzuro itandatu ni yo yafatiwe muri iriya […]

Paris: Kera kabaye Muramu wa Col Bagosora yatangiye gukorwaho iperereza

Umunyarwanda Isaak Kamali ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, yongeye gutumizwa n’umugenzacyaha mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa atangira gukorwaho iperereza ku byaha ashinjwa. Kamali wakoze muri Minisiteri y’Ubwikorezi, asanzwe ari muramu wa Col Theoneste Bagosora ushyirwa mu bimbere bacuze umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi. Bagosora yakatiwe imyaka 35 y’igifungo nyuma yo guhamwa na biriya […]

Bwa mbere mu mateka hagiye gukinwa umukino abakinnyi bazaba batemerewe gukinisha umutwe

Muri uku kwezi kwa Nzeri hateganyijwe umukino w’umupira w’amaguru abakinnyi bazaba batemerewemo gukinisha umutwe, mu gihe abashakashatsi barajwe ishinga no kumenya niba uyu mukino ushobora kuba hadakinishijwe imitwe nk’uburyo bwo kugabanya ibyago by’indwara y’ibisazi ku bakinnyi. Ni umukino uteganyijwe ku Cyumweru tariki ya 26 Nzeri, ukazabera ku kibuga cya Brewery Field mu mujyi wa Spennymoor. […]

UEFA CL: Messi na PSG bahawe urw’amenyo nyuma yo gufatwa ku gakanu na Club Brugge

Ikipe ya Paris Saint-Germain n’ibihangange byayo bahawe urw’amenyo, nyuma yo kunanirwa gutsinda Club Brugge yo mu Bubiligi mu mukino wa UEFA Champions league. Club Brugge yari yakiriye PSG mu mukino wa mbere wo mu tsinda A warangiye amakipe yombi aguye miswi igitego 1-1. Ni umukino PSG ku nshuro ya mbere yari yiyambajemo Lionel Messi, Neymar […]

Bwa mbere Rick Ross yavuze ku rukundo rwe na Hamisa Mobetto

Umuraperi William Leonard Roberts II uzwi mu muziki wa Amerika nka Rick Ross, yavuze bwa mbere ku rukundo ruvugwa hagati ye n’umunyamideri Hamisa Mobetto wo mu gihugu cya Tanzania, yemeza ko hari umubano bafitanye n’ubwo yavuze ko uriya mugore ari we wabisobanura. Ni nyuma y’igihe kitari gito uyu muraperi avugwa mu rukundo n’uriya mugore usanzwe […]

Guinée: Perezida Alpha Condé yabereye umuzigo abasirikare bamuhiritse ku butegetsi

Abasirikare bafashe ubutegetsi muri Guinée-Conakry, bari mu bizazane ku cyo bagomba gukoza Perezida Alpha Condé baheruka guhirika ku butegetsi. AFP dukesha iyi nkuru ivuga ko ikibazo bariya basirikare bafite ari icy’uko bakomeza kumugumana bakirengagiza igitutu bakomeje gushyirwaho n’amahanga abasaba kumurekura, gusa na bwo bagatinya ko ashobora kwihorera. Aba basirikare barangajwe imbere na Lt Col Mamady […]

Ndi ikigwari, ndigaya_Ukekwaho gusambanya akaniba abagore n’abakobwa ku mayeri

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwerekanye umugabo ukekwaho gushuka abakobwa n’abagore ngo baze abahe akazi, yahura na bo akabasambanya akabiba n’ibyo bari bafite. Ejo ku wa Kabiri ni bwo uyu mugabo witwa Bagaragaza Théogène utuye mu Murenge wa Jali mu karere ka Gasabo yeretswe abanyamakuru, nyuma yo gutabwa muri yombi tariki 9 Nzeri 2021. Yabwiye itangazamakuru […]

FC Barcelona na Manchester United zatangiye nabi UEFA Champions league

Ikipe ya FC Barcelona yo muri Espagne na Manchester United yo mu Bwongereza, zaraye zitangiye imikino ya UEFA Champions league zitsindwa. Manchester United irangajwe imbere na Cristiano Ronaldo, yari yasuye Young Boys yo mu Busuwisi mu mukino wa mbere wo mu itsinda F, itsindwa i Been ibitego 2-1. Cristiano Ronaldo ni we wafunguye amazamu ku […]

Mozambique: Minisitiri w’umutekano yaburiye abarimo RDF

Minisitiri w’Umutekano w’imbere muri Mozambique, Amade Miquidade, yavuze ko hari ubwoba bw’uko iterabwoba rishobora kwiyongera muri kiriya gihugu, asaba inzego za gisirikare, izishinzwe umutekano ndetse n’abaturage kuryamira amajanja. Yabigarutseho ku wa Mbere ubwo yari mu gace ka Nampula. Minisitiri Miquidade yatanze uyu muburo mu gihe amakuru aturuka muri Mozambique avuga ko ibyihebe byatakaje uduce twose […]

Ndahamya ko APR FC itabaniwe ubwo bayimaga penaliti igaragarira buri wese_Sadate

Uwahoze ari Perezida wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate, ari mu banze kuripfana yemeza ko APR FC yimwe penaliti ubwo yakinaga na Mogadishu City Club yo muri Somalia ku Cyumweru gishize. APR FC yari yasuye Mogadishu City Club mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league wabereye muri Djibouti, urangira amakipe yombi aguye miswi 0-0. […]

Volleyball: U Rwanda rwongeye kwisanga hamwe na Uganda mu mukino wo guhatanira umwanya wa 5

Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Volleyball, yongeye kwisanga hamwe na Uganda mu mukino wa shampiyona nyafurika wo guhatanira umwanya wa gatanu. Mu mpera z’icyumweru gishize amakipe yombi yari yahuriye mu mukino w’ishiraniro wari uwa nyuma wo mu tsinda A, urangira u Rwanda rutsinze Abagande amaseti 3-2. Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yaherukaga gusezererwa muri 1/4 cy’irangiza […]

Pasiteri Revocat Karemangingo yaba yarasiwe muri Mozambique

Amakuru aturuka i Maputo mu gihugu cya Mozambique aravuga ko Pasiteri Revocat Karemangingo wari mu barwanya Leta y’u Rwanda yaba yapfuye nyuma yo kuraswa n’abantu bataramenyekana. Karemangingo yahoze mu gisirikare cya Leta ya Habyarimana (Ex FAR), akaba yakoreraga ibikorwa by’ubucuruzi i Maputo muri Mozambique. Inkuru y’urupfu rwe yatangiye gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga na bamwe mu […]

Nahitamo kwicwa aho gusinya urwandiko runyeguza_Alpha Condé

Uwahoze ari Perezida wa Guinée-Conakry, Alpha Condé, yatangaje ko yahitamo kwicwa aho kugira ngo asinye urwandiko rumweguza ku nshinga zo kuba Umukuru wa kiriya gihugu. Perezida Condé yabitangaje ku wa 10 Nzeri, ubwo yahuriraga i Conakry n’intumwa z’ibihugu bigize umuryango w’ubukungu w’ibihugu byo muri Afurika y’Uburengerazuba (CEDEAO). Izi ntumwa zarimo ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga nka […]

Abayobozi b’ibigo by’amashuri mu mahugurwa yo guhangana n’abanyeshuri b’imyitwarire mibi

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB) cyatangije amahugurwa ku bayobozi b’ibigo by’amashuri n’abarezi bashinzwe imyitwarire y’abanyeshuri, mu rwego rwo kuvugurura imyitwarire y’abanyeshuri mu gihugu hose. Aya mahugurwa yatangijwe nyuma y’uko mu minsi ishize hirya no hino mu gihugu hagiye hagaragara ikibazo cy’imyitwarire mibi y’abanyeshuri. Urugero ni mu kigo cy’Ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya ESECOM Rugano mu […]

Tanzania: Perezida Samia yashyizeho Minisitiri mushya w’Ingabo w’umugore

Perezida wa Tanzania Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yakoze impinduka muri Guverinoma y’iki gihugu zasize kibonye Minisitiri mushya w’Ingabo. Uwagizwe Minisitiri w’Ingabo za Tanzania ni Dr Stergomena Lawrence Tax. Uyu mugore yasimbuye kuri izi nshingano Elias Kwandikwa witabye Imana muri Kanama uyu mwaka. Undi washyizwe mu mwanya ni January Makamba wagizwe Minisitiri w’Ingufu asimbuye Dr Medard […]

Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA yeguye ku nshingano ze

Uwari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru hano mu Rwanda, Uwayezu François Régis, yeguye ku nshingano ze yari amazeho imyaka itatu. Uwayezu mu ibaruwa yandikiye Perezida wa FERWAFA, Nizeyimana Mugabo Olivier ‘Cafu’, yavuze ko yeguye ku nshingano ze bwite. Uwayezu yavuze ko inshingano ze nk’Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA zizarangira ku wa 12 Ukwakira 2021. Uyu mugabo […]

Cristiano Ronaldo yakoze ibitangaza mu mukino we wa mbere muri Manchester United (Amafoto)

img_20210911_174928.jpg

Ikipe ya Manchester United ibifashijwemo cyane na Cristiano Ronaldo, yanyagiye New Castle United ibitego 4-1 mu mukino wa mbere uyu munya-Portugal yayikiniraga. Iyi kipe y’umutoza Ole Gunnar Soskjaer yari yakiriye New Castle mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona y’Abongereza. Ni umukino abafana ba Manchester United bari bategerezanyije amatsiko menshi, buri wese yifuza kureba uko […]

Ubutumwa Perezida Ndayishimiye yageneye Joe Biden n’Abanyamerika

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko yifatanyije na Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’abaturage b’iki gihugu, mu gihe bibuka imyaka 20 ishize bibasiwe n’ibitero bikomeye by’umutwe wa Al Qaeda. Ni ibitero abiyahuzi b’uriya mutwe bagabye bifashishije indege enye bari bashimuse, ebyiri muri zo bazigongesha imiturirwa ya World Trade Center y’i […]

Uganda yatumiye u Rwanda mu nama yo kuganira ku mwuka mubi bifitanye, rurayihakanira

Guverinoma ya Uganda iheruka gutumira iy’u Rwanda mu nama yo kuganira no gusuzuma aho ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yasinwe muri 2019 yo kurangiza umwuka mubi uri hagati y’ibihugu byombi rigeze. Uganda yatumiye u Rwanda binyuze mu ibaruwa yoherejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki gihugu, Gen Jeje Odongo, yakirwa na mugenzi we w’u Rwanda, Dr Vincent […]

Umuriro watse wa mugani wa King James_Minisitiri Munyangaju yishimira gutsinda Uganda

Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, ari mu bishimiye mu buryo budasanzwe intsinzi ikipe y’u Rwanda ya Volleyball yaraye ikuye ku ya Uganda. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino w’ishiraniro wa shampiyona Nyafurika ya Volleyball wasozaga imikino yo mu itsinda rya mbere, urangira u Rwanda rutsinze Uganda amaseti 3-2. Ni umukino ikipe y’u Rwanda yatangiye […]

Simba SC yiyambaje Umunyarwanda ngo azabe ariwe uyitoza muri CAF Champions league

Ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania, yemeje Umunyarwanda Hitimana Thierry nk’umutoza wayo wungirije ugomba no kuyitoza mu mikino ya CAF Champions league. Simba yemeje aya makuru ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yamuhereye ikaze, mbere yo guhita anatangira akazi. Hitimana Thierry yanyuze mu makipe atandukanye nk’umutoza arimo Rayon Sports na Bugesera FC […]

Dr Kayumba yatangiye gukorera imyigaragambyo muri gereza

Dr Kayumba Christopher wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, yafashe icyemezo cyo kwiyicisha inzara muri gereza aho afungiye; nk’uburyo bwo kwamagana ifungwa rye avuga ko ritemewe n’amategeko. Ku wa Kane w’iki cyumweru ni bwo uyu mugabo yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato n’ubwinjiracyaha […]

U Rwanda rwihimuye kuri Uganda, muri Kigali Arena babyina intsinzi

Umukino wa shampiyona Nyafurika ya Volleyball wahuzaga ikipe y’Igihugu y’u Rwanda n’iya Uganda, urangiye u Rwanda ruwutsinze ku maseti 3 kuri 2, ruyobora itsinda A amakipe yombi yari asangiye. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa nyuma wo mu tsinda wagombaga kugena igomba kuzamuka iyoboye itsinda, nyuma y’uko yombi yari yashoboye gutsinda imikino ibiri ya […]

Volleyball: Umukino wa Tanzania na Kenya na wo wasubitswe kubera ikibazo cy’amafaranga

Umukino wa shampiyona Nyafurika ya Volleyball iri kubera i Kigali wagombaga guhuza Kenya na Tanzania, wasubitswe kubera amafaranga Tanzania yagombaga kwishyura itatanze. Amakipe yombi yagombaga guhurira mu mukino wo mu tsinda D wagombaga gutangira saa sita zo kuri uyu wa Gatanu, ariko ntabwo wigeze uba. Amakuru BWIZA yakuye ahantu hizewe n’uko amakipe yitabiriye iyi mikino […]

Amarira y’ibyishimo ku maso ya Messi nyuma yo gukuraho agahigo ka Pele (Amafoto)

img_20210910_110610.jpg

Rutahizamu wa Paris-Saint Germain, Lionel Messi, yafashije ikipe y’Igihugu cye cya Argentine gutsinda Bolivia ibitego 3-0, anakuraho agahigo kari gafitwe n’umunya-Brésil Edinson Arantes do Nascimento ‘Pele’. Argentine na Bolivia bari bahuriye mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi kizabera muri Qatar mu mwaka utaha warangiye Messi ayitsindiye ibitego bitatu wenyine muri uriya mukino. Uyu mugabo […]

Adil wa APR FC na Didier Gomes wa Simba mu batoza batemerewe gutoza CAF Champions league

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru hano ku mugabane wa Afurika (CAF), yasohoye urutonde rw’abatoza batemerewe gutoza mu mikino ya CAF Champions league barimo umunya-Maroc Mohamed Adil Erradi utoza APR FC. Aba batoza bangiwe gutoza iriya mikino kuko ibyangombwa bafite bitabemerera kuyitoza. Ni mu gihe Adil yakabaye atoza APR FC mu mukino w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league […]

RDF yungutse ba Colonel bashya batanu

Perezida Paul Kagame usanzwe ari Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yazamuye mu ntera abasirikare batanu bari bafite ipeti rya Lieutenant Colonel abagira ba Colonel. Abazamuwe mu ntera nk’uko bigaragara mu itangazo rya Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda barimo Lt Col Francis Régis Gatarayiha wagizwe Colonel. Col Gatarayiha wahoze akuriye Urwego rw’Igihugu rw’abinjira n’abasohoka, uretse kuba […]

Mutabazi Yves yabyinishije Abanyarwanda itsinzi mbere yo guhura na Uganda

Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball, yageze muri 1/4 cy’irangiza cya shampiyona nyafurika y’uriya mukino nyuma yo gutsinda Burkina Faso amaseti atatu ku busa. Hari mu mukino wa kabiri wo mu tsinda A wabereye muri Kigali Arena i Remera. Ni umukino ikipe y’u Rwanda yatsinze ibifashijwemo cyane na Yves Mutabazi wayihetse mu buryo bugaragara, cyane […]

Uganda yashyikirije u Rwanda imirambo y’abaturage barwo baheruka kugwa ku butaka bwayo

Leta ya Uganda kuri uyu wa Kane tariki ya 9 Nzeri, yashyikirije u Rwanda imirambo ibiri y’abaturage barwo baheruka kugwa ku butaka bwayo mu gikorwa cyabereye ku mupaka wa Gatuna. Iyi mirambo y’abagabo bivugwa ko baba barishwe irimo uwa Dusabimana Theoneste w’imyaka 52 y’amavuko wo mu Murenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi na Bangirana […]

Ibyo sinshaka kubijyamo kuko Kagame ntawe uri hano, ntabwo uri urukiko_Museveni asubiza umunyamakuru

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yirinze kugira icyo atangaza ku cyaba cyarabaye intandaro y’umwuka mubi hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, asubiza uwari ubimubajijeho ko atari urukiko ngo abe amuburanisha. Museveni yirinze kugira byinshi atangaza kuri iyi ngingo, mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana n’umunyamakuru Marc Perelman wa Televiziyo ya France 24. Ni ikiganiro Perezida Museveni […]

Cristiano Ronaldo yatamajwe n’umunyamiderikazi baryamanye

Umunyamiderikazi w’umunya-Portugal Natacha Rodriguez, yatangaje ko yaryamanye na rutahizamu Cristiano Ronaldo none akaba yaramukumiriye ku mbuga nkoranyambaga zose. Rodriguez yavuze ko yaryamanye na Cristiano nyuma y’amezi abiri bandikirana, bikaba byari nyuma gato y’uko uyu mukinnyi mushya wa Manchester United yari amaze guhura na Georgina Rodriguez usanzwe ari umugore we. Yabwiye The Sun ati: “Byari saa […]

Mozambique: Abahunze ibyihebe ngo bakwa igitsina kugira ngo bahabwe imfashanyo

Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu (Human Right Watch), uravuga ko mu gihugu cya Mozambique hongeye kugaragara ibirego by’abagore bahohoterwa ndetse bakanasabwa kubanza gukoreshwa imibonano mpuzabitsina, kugira ngo babashe guhabwa imfashanyo. Ni ihohoterwa rikorerwa abavuye mu byabo kubera ibitero by’imitwe yitwaje intwaro imaze igihe yarayogoje intara ya Cabo Delgado mu majyaruguru ya Mozambique. Umugore w’imyaka […]

Abasirikare bahiritse Alpha Condé batangiye kurekura imfungwa za Politiki

Abasirikare baheruka guhirika ku butegetsi Alpha Condé wahoze ari Perezida wa Guinée-Conakry, barekuye abanyeporitike hafi 20 batavugaga rumwe n’ubutegetsi bwa kiriya gihugu bari bamaze igihe bafunzwe. Ku Cyumweru gishize ni bwo igisirikare cya Guinée kirangajwe imbere na Lt Col Mamady Doumbouya wahoze akuriye umutwe w’ingabo zidasanzwe, cyahiritse Perezida Condé ku butegetsi mbere yo gutangaza ko […]

U Rwanda rwatsindiye u Burundi mu maso ya Perezida Kagame

Ikipe y’Igihugu y’umukino wa Volleyball, yatangiye neza shampiyona Nyafurika y’uyu mukino iri kubera mu Rwanda nyuma yo gutsinda iy’u Burundi amaseti atatu ku busa. Hari mu mukino ufungura iri rushanwa wabereye muri Kigali Arena i Remera, urebwa n’abarimo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. U Rwanda nyuma yo kugorwa n’u Burundi mu ntangiriro y’iseti ya mbere, […]

Icyo natekereje ni ukwirwanaho kandi narabikoze_Meya wa Bugesera asobanura uko yakubiswe

Umuyobozi w’akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yatangaje ko mu minsi ishize ubwo yasagararirwaga n’umuturage akamukubita inkoni yirwanyeho, gusa avuga ko kuba yakubitwa n’umuturage ari ibintu bisanzwe. Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo hamenyekanye amakuru y’uko hari abantu babiri bafunzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), bazira gukubita umuyobozi w’akarere ka Bugesera. Aba barimo umusore w’imyaka 23 y’amavuko […]

Cristiano Ronaldo yakoze imyitozo ya mbere muri Manchester United (Amafoto)

img_20210907_172258.jpg

Rutahizamu Cristiano Ronaldo kuri uyu wa Kabiri, yakoze imyitozo ya mbere mu kipe ya Manchester United nyuma yo kuyigarukamo avuye muri Juventus. Ni bwo bwa mbere Ronaldo yari yongeye kugera i Carrington aho Manchester United ikorera imyitozo, nyuma yo kuhava bwa nyuma mu myaka 12 ishize yerekeza muri Real Madrid. Ronaldo akigera mu myitozo yabanje […]