Ingabo za Somalia zabashije kwirukana ibyihebe byari byigaruriye Hotel Hayat

Kuri iki Cyumweru, Ingabo za Somalia zabashije kwirukana ibyihebe byari byigaruriye hotel yo mu murwa mukuru, Mogadishu, nk’uko umuyobozi w’ingabo yabitangarije Reuters, akomeza avuga ko bagitegura ibisasu biteze hirya no hino mu nyubako. Nibura abantu 12, cyane cyane abasivili, bishwe ubwo ingabo za Somalia zarwanaga n’abarwanyi bafitanye isano na Al Qaeda mu gihe cy’amasaha 30 […]

Espagne: Umukobwa wa Do Santos yajuririye icyemezo cyo kohereza umurambo wa se muri Angola

Umukobwa w’uwahoze ari perezida wa Angola, Jose Eduardo dos Santos, yajuririye icyemezo cy’urukiko rwo muri Espagne gitegeka guha umurambo we umupfakazi we ugasubizwa mu rugo kugira ngo ashyingurwe. Iki kirego cy’ubujurire cyatanzwe kuri uyu wa Kane ushize na Tchize dos Santos, umukobwa wa Eduardo dos Santos w’imyaka 44 nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga. […]

Diamond Platnumz aravuga ko Zuchu nashaka kuva muri Wasafi azishyura miliyari 10 z’Amashilingi

Umuyobozi wa Wasafi Record label, Diamond Platnumz, yatangaje ko umuhanzikazi Zuchu yasinyishije muri iyi label ye azishyura miliyari 10 z’amashilingi naramuka ashatse kuyivamo amasezerano bagiranye atarangiye. Diamond yavuze ko imibare ya Zuchu yiyongereye bidasanzwe ari yo mpamvu bizamsaba amafaranga menshi naramuka ashatse kuva muri label. Ibi bibaye nyuma y’ibyumweru bike ashinjwe gukama abaririmbyi babarizwa muri […]

California: Indege ziteguraga kururuka zagonganiye mu kirere

Abayobozi muri Amerika bavuze ko “hapfuye abantu ” nyuma y’impanuka y’indege ebyiri nto zagonganiye mu kirere ubwo zashakaga kugwa ku kibuga cy’indege cyo muri California. Iyi mpanuka yabaye mbere gato ya saa cyenda z’umugoroba ku isaha yaho ku Kibuga cy’Indege cya Watsonville muri Watsonville, agace k’ubuhinzi gaherereye nko mu bilometero 80 mu majyepfo ya San […]

Nyuma ya Blinken izindi ntumwa z’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika zitegerejwe mu Rwanda

unnamed-16.jpg

Nyuma y’uruzinduko rwa minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Anthony Blinken, mu Rwanda, itsinda ry’abagize inteko ishinga amategeko ya Amerika kuri ubu riri mu gihugu cya Kenya naryo ritegerejwe mu Rwanda. Iri tsinda ry’abagize inteko ishinga amategeko ya Amerika ryageze muri Kenya mu minsi ishize rigiye kubonana na Perezida watowe, Willam Ruto […]

Huye: Urukiko rwashyikirijwe dosiye y’umugabo ukekwaho kwica umwana amuziza se wabo

Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 17 Kanama 2022, Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Huye bwashyikirije Urukiko Rwisumbuye rwa Huye dosiye iregwamo umusore w’imyaka 34 ukekwaho kwica umwana w’imyaka 9 amunize. Ubushijacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buravuga ko iki cyaha cyakozwe ku wa 02 Kanama 2022, mu gihe cya saa moya z’ijoro, mu Mudugudu wa […]

U Bufaransa: Ubutabera bwatangiye gufatira imitungo bivugwa ko ari iy’umuhungu wa Perezida Sassou Nguesso

Umuhungu wa perezida wa Congo-Brazzaville arakekwaho n’ubutabera bw’u Bufaransa kuba yaranyereje miliyoni 19 z’amayero mu Bufaransa nk’uko byatangajwe n’urubuga Mediapart ruvuga ko rwabonye icyemezo cyo gufatira imitungo ye itimukanwa, cyo ku ya 20 Kamena, gisobanura imyaka myinshi y’iperereza ku mibereho ya Denis Christel Sassou Nguesso mu Bufaransa. Nk’uko Mediapart ibitangaza, ubutabera bw’u Bufaransa bwatangiye gukurikirana […]

Guverinoma ya Danemark yemeye kwakira izindi mpunzi zizava mu Rwanda

Guverinoma ya Danemark yatangaje ko izakira impunzi 200 zivuye mu Rwanda muri gahunda yo kwimura abantu. Ariko, umuryango ukomeje gufungwa cyane ku basaba ubuhungiro muri iki gihugu. Minisitiri ushinzwe abinjira n’abasohoka mu gihugu, Kaare Dybvad Bek (uri ku ifoto), yabitangaje mu cyumweru gishize avuga ko hazibandwa cyane ku kwimura abagore n’abana. Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, […]

Le procès de Félicien Kabuga débutera le 29 septembre à La Haye

FĂ©licien Kabuga, le “financier” prĂ©sumĂ© du gĂ©nocide contre les Tutsi au Rwanda en 1994, sera jugĂ© Ă  partir du 29 septembre Ă  La Haye oĂą il devra faire face Ă  des accusations de gĂ©nocide et de crimes contre l’humanitĂ©, a annoncĂ© jeudi un juge des Nations unies. “La Chambre ordonne le procès dans sa branche […]

La Haye: Kabuga Felicien azatangira kuburana mu mizi mu mpera za Nzeri

FĂ©licien Kabuga, uvugwaho kuba ari we muterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, azatangira kuburanishwa mu mizi mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha i La Haye mu mpera za Nzeri, aho ashinjwa ibyaha bya jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu. Kuri uyu wa Kane, itariki ya 18 Kanama, umucamanza w’Umuryango w’Abibumbye, yavuze ko FĂ©licien Kabuga, wafashwe nk ‘”umuterankunga” […]

MONUSCO yafunze ibirindiro byayo mu Mujyi wa Butembo

Imbere y’itangazamakuru i Butembo, kuri uyu wa Kane, itariki ya 18 Kanama 2022, Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt. Gen. Constant Ndima, yatangaje ku mugaragaro ko ingabo z’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) zivuye mu Mujyi wa Butembo uherutse kuberamo imyigaragambyo ikaze isaba izi ngabo kuva muri repubulika ya Demokarasi ya Congo. Ati: “Ku bijyanye no kugenda kwa […]

RDC: Umunyamakuru yarafashwe afungwa azira ikiganiro ku Rwanda n’imyigaragambyo

Komite ishinzwe Kurengera Abanyamakuru (CPJ), Umuryango utegamiye kuri Leta w’Abanyamerika ufite icyicaro i New York uravuga ko abategetsi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo bagomba guhagarika gutera ubwoba abanyamakuru bakora ku makimbirane yo mu burasirazuba bw’igihugu kandi bakemerera abanyamakuru gutangaza mu bwisanzure ibintu bifitiye rubanda akamaro. Ku wa Gatanu, itariki ya 12 Kanama, abapolisi bataye […]

Kabul: Igisasu cyaturikiye mu musigiti mu gihe cy’amasengesho gihitana abantu 21 abandi barakomereka

Igisasu cyaturikiye mu musigiti w’i Kabul mu murwa mukuru wa Afghanistan mu gihe cy’amasengesho ya nimugoroba kuri uyu wa Gatatu ushize cyahitanye abantu 21, nk’uko Polisi ya Kabul yabitangaje kuri uyu wa Kane. Umuvugizi wa polisi, Khalid Zadran, yatangaje ko abandi bantu 33 bakomerekeye muri icyo gitero. Abatangabuhamya bari babwiye Reuters ko guturika guhambaye kumvikanye […]

Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda (RSE) mu ya mbere yitwaye neza munsi y’Ubutayu bwa Sahara

Amasoko y’imari n’imigabane y’u Rwanda na Tanzania yaje muri atandatu ya mbere muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara yitwaye neza muri ibi bibazo by’ubukungu byugarije Isi n’umuyaga w’ubukungu kugira ngo agarure neza abanyamigabane. Raporo ya buri gihembwe y’isoko yakozwe n’abasesenguzi ba AfricanFinancials Group, yerekana ko Isoko ry’imigabane ry’u Rwanda (RSE) n’irya Tanzania, Dar es […]

Inyandiko z’ibanga zivuga ku Rwanda zishobora kuburizamo umugambi w’u Bwongereza

Guverinoma y’u Bwongereza yabonye intsinzi igice kimwe mu ntambara yo mu rukiko kugira ngo ikomeze kugira ibanga ibice bimwe by’inyandiko ebyiri ku bivugwa ko u Rwanda rwaba rukoresha “iyicarubozo ndetse n’ubwicanyi” mbere y’umwanzuro utegerejwe mu kwezi gutaha kuri politiki itavugwaho rumwe y’u Bwongereza yo kohereza abahasaba ubuhungiro mu Rwanda. Kuri uyu wa Gatatu, umucamanza w’Urukiko […]

Taiwan yamuritse indege zayo nshya z’indwanyi ziteye imbere zo mu bwoko bwa F-16V

taiwanfighterjet-1637218093.jpg

Taiwan yashyize ahagaragara indege y’intambara iteye imbere cyane yo mu bwoko bwa F-16V igendana misile, mu myiyereko idasanzwe ya nijoro ykozwe nyuma y’imyitozo ya gisirikare y’u Bushinwa itarigeze ibaho mu nkengero z’iki kirwa. Muri uku kwezi Ingabo z’u Bushinwa zakoze imyitozo mu kirere no mu nyanja mu muhora wa Taiwan nyuma y’uruzinduko rwa Perezida w’Inteko […]

Rutsiro: Un enseignant recherchĂ© pour profanation d’enfant

Un enseignant de trente ans travaillant Ă  l’Ă©cole primaire de Gahondo dans le secteur de Kivumu du district de Rutsiro, dans la province de l’Ouest, est recherchĂ© pour avoir prĂ©tendument profanĂ© un enfant de son quartier. Patrick Muhizi Munyamahoro, le secrĂ©taire exĂ©cutif du secteur de Kivumu, a dĂ©clarĂ© Ă  Kigali Today que l’enseignant s’Ă©tait Ă©chappĂ© […]

Trump yaba afite ikibazo cyo kubona abamwunganira kuko abo agezeho bari kumutera utwatsi

Amakuru yatangajwe na Washington Post, aravuga ko uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, afite ikibazo cyo kubona umunyamategeko mwiza wo kumwunganira. Iki kinyamakuru kivuga ko yavuganye n’abavoka benshi batanze ibisobanuro ariko batifuje ko amazina yabo atangazwa, bavuga ko Trump ari mu rugamba rwo gushaka abamwunganira bamenyereye akazi ariko abo yagezeho […]

Misiri: Umucamanza yakatiwe igihano cy’urupfu azira ubwicanyi

Kuri uyu wa Kabiri ushize, itarki 16 Kanama, urukiko rwo mu Misiri rwakatiye umucamanza igihano cyurupfu azira kwica umugore we, nk’uko ubucamanza bwabitangaje mu rubanza rwa gatatu rukomeye rw’iyicwa ry’abagore muri iki gihugu mu mezi abiri. Urukiko mpanabyaha rwemeje “kohereza umucamanza wishe umunyamakurukazi kuri televiziyo witwa Shaimaa Gamal na mugenzi we bafatanyije icyaha, kuri Mufti […]

U Burusiya bwamuritse kajugujugu itagira umudereva ishobora kumara amasaha 7 mu kirere

1809692512_0_260_3124_2017_1920x0_80_0_0_b3f9a8fa485d97466993ce9c0959e6cd.jpg

Ikigo cyo mu Burusiya gikora kajugujugu, Russian Helicopters Company, kikaba ari ishami ry’ikigo cya leta, Rostec Corporation,cyamuritse kajugujugu itagira umudereva yiswe “Bas-750” mu imurikagurisha mpuzamahanga rya munani ry’ibikoresho bya gisirikare ryo muri uyu mwaka wa 2022 rizwi nka “International Military-Technical Forum (Army 2022) exhibition”. N’itumanaho rishobora kugera mu birometero 150, Bas-750 ishobora kwikorera ibiro bigera […]

Malawi: Umunyarwanda yaciwe 100,000 y’amande cyangwa agahitamo gufungwa amezi 9

Umusore w’imyaka 26 w’Umunyarwanda wagurishaga ikiyobyabwenge cy’urumogi mu mpunzi bagenzi be mu Nkambi y’Impunzi ya Dzaleka i Dowa yategetswe gutanga ihazabu y’amafaranga 100.000 ya Malawi cyangwa bitabaye ibyo agafungwa amezi 9 anakoreshwa imirimo y’agahato. Umushinjacyaha wa polisi, Sgt Joseph Banda, yabwiye urukiko ko uwahamwe n’icyaha, Isaac Byamungu, yatawe muri yombi ku ya 2 Kanama 2022 […]

Nyuma yo kuvuga ko ashaka kugura Man. United, umuherwe Elon Musk yaje kwisubira

Nyuma y’amasaha make yohereje ubutumwa kuri internet bwashyize abantu mu gihirahiro yerekana ko agiye kugura ikipe y’umupira w’amaguru ya Manchester United yo mu Bwongereza, umuherwe wa mbere ku Isi, Elon Musk,yaje kwandika ubundi avuga ko: Byose byari urwenya. Kuri uyu wa Kabiri ushize, nibwo Elon Musk yanditse ati: “Kandi, ndagura Manchester United murakoze gushima “, […]

Kigali: Abantu bakekwaho uruhare mu kwiba mudasobwa mu mahoteli batawe muri yombi

Polisi y’u Rwanda yagaruje mudasobwa ebyiri ziherutse kwibwa banwe mu bari bitabiriye inama zabereye muri Convention Center na Marriot Hotel, hafatwa abantu bane bacyekwaho kugira uruhare muri ubwo bujura. Abafashwe ni uwitwa Munyaneza Eddie Bertin ukurikiranyweho kuba yaritwaraga nk’umwe mu batumirwa akinjira ahabera inama azanywe no kwiba ziriya mudasobwa, aho iya mbere yayibye muri Convention […]

Igikomangoma Mohammed bin Salman cyagaragaye gikora amasuku kuri Kaaba

3391441-1535607129.jpg

Igikomangoma cy’ikamba cya Arabiya Sawudite, Mohammed bin Salman, cyagaragaye gikora isuku kuri Kaaba, mu musigiti mukuru wa Macca mu izina rya se, Umwami Salman nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kabiri n’ibinyamakuru byo muri ubu bwami. Kaaba, nanone bita Ka’bah cyangwa Kabah, rimwe na rimwe bakakita al-Ka?bah al-Musharrafah, ni inyubako iri hagati mu musigiti ukomeye kurusha […]

E.U irateganya gushora amafaranga mu butumwa bwa SADC n’u Rwanda muri Mozambique

Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi (E.U) urateganya kongera inshuro eshanu inkunga y’amafaranga mu butumwa bwa gisirikare bwa Afurika muri Mozambike, nk’uko inyandiko y’imbere muri E.U yabonwe na Reuters ibyerekana, mu gihe ibitero by’intagondwa z’Abayisilamu bibangamiye imishinga ya gaz Abanyaburayi bitezeho kuzabafasha kugabanya kwiringira gaz y’u Burusiya. Ikibazo cy’ingufu cyatewe n’intambara yo muri Ukraine cyongereye imbaraga […]

Patrick Chukwuma “Kaduna” Nzeogwu wayoboye coup d’etat ya mbere ya gisirikare muri Nigeria yari muntu ki?

Patrick Chukwuma “Kaduna” Nzeogwu wavutse ku itariki ya 26 Gahyantare 1937 agapfa ku itariki ya 29 Nyakanga 1967, yari umusirikare w’Umunyanijeriya n’impirimbanyi y’impinduramatwara wayoboye coup d’etat ya mbere ya gisirikare yahiritse Repubulika ya Mbere y’iki gihugu. Patrick Chukwuma Nzeogwu yavukiye i Kaduna mu majyaruguru ya Nigeria ku babyeyi bo mu bwoko bwa Anioma mu mujyi […]

Un jeune Rwandais devient viral sur Douyin, version chinoise de TikTok

ea0d1c7d29264fac8605f53220e0bd6a.png

Le jeune rwandais, Pacifique Izabayo, est devenu un hit sur Douyin, la version chinoise de TikTok, pour avoir chantĂ© des chansons chinoises tout en montrant la vie rurale rwandaise. Izabayo, communĂ©ment appelĂ© “Bobo”, a commencĂ© Ă  rĂ©aliser de courtes vidĂ©os en 2019 sur l’application chinoise de partage de vidĂ©os Kuaishou. Depuis l’annĂ©e dernière, il a […]

Rutsiro: Umwarimu ushinjwa gusambanya umwana w’imyaka 13 ari guhigwa bukware

Mu Murenge wa Kivumu, mu Karere ka Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba haravugwa umwarimu w’imyaka 30 ukekwaho gusambanya umwana w’umuturanyi w’imyaka 13 kuri ubu akaba arimo gushakishwa n’inzego zibishinzwe nyuma yo gutoroka. Icyaha uyu mwarimu akekwaho ngo cyakozwe kuwa Gatandatu ushize ubwo iwabo w’uyu mwana bamutumaga mu rugo rw’uyu mwarimu usanzwe ufite umugore n’abana batatu bivugwa […]

Bimwe mu byiza byo kunywa ikawa ku buzima bw’umuntu

Ibyiza byo kunywa ikawa ku buzima ni byinshi kuva ku kugabanya ibyago byo kurwara indwara y’ubwonko, iz’umutima ndetse no guta ibiro ariko bimaze kugaragara ko Abanyafurika benshi batabyitaho bakumva ikwa ari iy’abazungu gusa. Dore bimwe mu byiza byo kunywa ikawa ku buzima bwawe nk’uko tubikesha singlecare.com 1. Yongera imbaraga ikaba yanakongera ubushobozi bw’imitekerereze Ikawa ikungahaye […]

U Bushinwa bwatangaje indi myitozo ya gisirikare hafi ya Taiwan mu gusubiza urundi ruzinduko rw’abadepite b’Abanyamerika

Kuri uyu wa Mbere, u Bushinwa bwatangaje indi myitozo ya gisirikare mu nkengero za Taiwan mu gihe perezida w’icyo kirwa yahuye n’abagize intumwa nshya z’inteko ishinga amategeko ya Amerika, mu kindi kimenyetso cyerekana ko abadepite b’Abanyamerika bashyigikiye ikirwa cyigenga u Bushinwa bufata nk’intara yabwo. Ibitangazamakuru byo muri Taiwan byerekanye izo ntumwa zigera ku kirwa mu […]

Imitwe y’iterabwoba yigaragaje kurusha iyindi mu bwicanyi mu mwaka ushize

isis_wilayat_iraq_may_2020_-_crop2.png

Mu myaka icumi ishize hagaragaye ibikorwa byinshi by’iterabwoba bitabayeho mu myaka mirongo itanu ishize. Igitero cyahitanye abantu benshi mu 2021 cyabaye igihe umwiyahuzi wa Leta ya Kisilamu (IS) yaturikirizaga ibisasu bibiri ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kabul muri Afghanistan, agahitana abantu 170 abandi barenga 200 bagakomereka. Imitwe y’iterabwoba yahitanye abantu benshi mu 2021 ni Leta […]

Imodoka z’agaciro, inzu, abarinzi, bimwe mu byo Perezida Kenyatta azaba yemerewe nyuma yo kuva ku butegetsi

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, ugiye kuva ku mirimo ye nyuma ya manda ebyiri yemerewe n’itegeko nshinga, azabona inyungu nyinshi z’izabukuru, zirimo amamodoka meza, ibiro bye bwite byuzuyemo ibikoresho ndetse n’abakozi benshi mu mpera z’uyu mwaka. Nyuma ya manda ebyiri z’imyaka itanu itanu nka perezida wa kane wa Kenya, Uhuru Kenyatta azashyikiriza umusimbura ibirango by’ubutegetsi […]

Rusizi: Hafashwe amabaro 13 y’imyenda ya caguwa yinjijwe mu gihugu mu buryo bwa magendu

Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU) mu karere ka Rusizi, kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 13 Kanama, ryafashe abantu babiri bari binjije mu gihugu magendu y’imyenda ya caguwa ivuye mu gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Abafashwe ni uwitwa Nizeyimana Amran, ufite imyaka 52 y’amavuko, wafatiwe mu mudugudu wa […]

Gen. Elly Tumwine urwariye i Nairobi hagati y’urupfu n’ubuzima

Uwahoze ari Minisitiri w’umutekano, Gen Elly Tumwine w’imyaka 68, kuri iki Cyumweru yari hagati y’urupfu n’ubuzima mu bitaro bya Aga Khan i Nairobi, muri Kenya, aho yajyanywe mu ndege arembye cyane ku wa Kabiri ushize. Amakuru aturuka begereye uyu mujenerali y’inyenyeri enye, umwe mu bakoze amateka akomeye mu buyobozi bw’ingabo z’igihugu cya Uganda (UPDF), avuga […]

Bwa mbere mu mateka ya Kenya ufite ubumuga bw’uruhu yatorewe kuba umudepite

Abanyakenya kugeza ubu ntibaramenya izina ry’umukuru w’igihugu cyabo, ariko umubare munini w’abadepite batowe mu nzego z’ibanze umaze gutangazwa kuva amatora yo ku ya 9 Kanama yaba. Mu burengerazuba, hari intsinzi yamamaye cyane: iya Martin Wanyonyi, watorewe kuba depite mu karere ka Webuye y’Iburasirazuba. Abaye rero umudepite wa mbere watowe ufite ubumuga bw’uruhu buzwi nka albinism. […]

Cibitoke: Abaturage bashinje abayobozi gukorana n’inyeshyamba z’Abanyarwanda imbere ya guverineri

Abatuye muri Komini ya Mabayi mu Ntara ya Cibitoke (mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi) bashinje abayobozi, ingabo z’igihugu, abashinzwe umutekano ndetse n’abacuruzi gukorana n’umutwe w’inyeshyamba z’Abanyarwanda wa FLN (National Liberation Front). Izi nyeshyamba bivugwa ko zifite ibirindiro mu ishyamba cyimeza rya Kibira hafi y’amakomine ya Mabayi na Bukinanyana mu Ntara ya Cibitoke. Abaturage batanze ibyo […]

RBC lance un appel critique pour les dons de sang de type O

Les autoritĂ©s sanitaires ont tirĂ© la sonnette d’alarme après que les dons de sang de groupe O ont rĂ©cemment diminuĂ©, une situation qui, selon elles, pourrait conduire Ă  une “crise” dans les prochains jours. Le Centre biomĂ©dical du Rwanda (RBC) collecte 300 sachets de sang par jour et les hĂ´pitaux utilisent plus de 900 unitĂ©s […]

Misiri: Inkongi y’umuriro mu kiliziya yahitanye byibuze Abakirisitu 41 abandi barakomereka

Itorero rya Coptic ryo mu Misiri, rishingiye ku mibare yatanzwe na minisiteri y’ubuzima, ryatangaje ko abantu 41 bishwe abandi 55 bagakomereka mu nkongi y’umuriro yibasiye kiliziya yo mu Mujyi wa Giza, hafi ya Cairo. Minisiteri y’ubuzima mu Misiri yari yabanje kuvuga ko abantu “benshi” bapfiriye kuri iki Cyumweru mu kiliziya cy’iri torero giherereye ahitwa Abu […]

Burundi: Imyaka ibaye hafi 20 abishe Abanyamulenge mu Gatumba batarahanwa

Umuryango w’Abanyamulenge baba mu gihugu cy’u Burundi, “SHIKAMA”, urasaba uruhare rwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’Umuryango Mpuzamahanga kugira ngo abagize uruhare mu bwicanyi bwakorewe Abanyamulenge mu Gatumba i Burundi bashyikirizwe ubutabera. Ubu butumwa bwatanzwe kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki ya 13 Kanama 2022, na perezida w’Umuryango w’Abanyamulenge Jean Schohier Muhamiriza mu muhango wo […]

Ikindi gihugu muri Karayibe kirateganya kudakomeza kuyoborwa n’Umwamikazi Elisabeth II

Ikindi gihugu cyo muri Karayibe kirimo gutekereza kwigobotora Umwamikazi Elizabeth II w’u Bwongereza nk’umuyobozi wacyo nyuma y’igihugu cya Barbados cyabigezeho mu mwaka ushize. Minisitiri w’Intebe wa St. Vincent and the Grenadines, Dr. Ralph Gonsalves, yasabye ko habaho referendumu y’ingingo imwe ibaza abaturage niba umwamikazi agomba gukomeza kuba umukuru w’igihugu mu nteko ishinga amategeko cyangwa hagashyirwaho […]

Uwari ugiye gukorera abantu batatu ikizamini cy’uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki ya 12 Kanama, Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe gutanga ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga, ryafashe uwitwa Mayisha Shadrackk w’imyaka 40 y’amavuko, ukurikiranyweho gushaka gukorera abantu batatu, ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo rukorerwa kuri mudasobwa ku Muhima mu karere ka Nyarugenge. Uyu Mayisha watawe muri yombi, akaba yari asanzwe ari umwarimu mu […]

Salman Rushidie wanditse igitabo kitishimiwe n’Abayisilamu yakuwe ku cyuma kimuha umwuka nyuma yo kurusimbuka

Umwanditsi Salman Rushdie yakuwe ku cyuma kimwongerera umwuka kandi ubu ashobora kuvuga, nyuma y’umunsi umwe uyu mwanditsi w’ibitabo uzwi cyane atewe icyuma ubwo yiteguraga gutanga ikiganiro i New York. Kuri uyu wa Gatandatu ushize, Rushdie, ufite imyaka 75, yagumye mu bitaro afite ibikomere bikomeye, ariko umwanditsi mugenzi we Aatish Taseer yanditse ku rubuga rwa twitter […]

Abanya-Israel benshi bakomerekeye mu gitero cyagabwe kuri bus i Yeruzalemu

000_32gg9pf.jpg

Abaganga n’abapolisi ba Israel baravuga ko umuntu witwaje imbunda yarashe agakomeretsa abantu umunani mu gitero kuri bus bari barimo hafi y’Umujyi wa Yeruzalemu ya Kera, babiri muri bo bakaba bakomeretse bikomeye. Iki gitero cyabaye mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru, ubwo bus yari itwaye Abanya-Israel yari itegereje muri parikingi hafi y’urukuta rw’iburengerazuba, ahantu hera Abayahudi […]

U Budage bwahagaritse ibikorwa by’ingenzi bya gisirikare muri Mali

U Budage bwafashe icyemezo cyo guhagarika ibikorwa by’ingenzi bya gisirikare muri Mali mu rwego rw’ubutumwa bwa Loni muri iki gihugu cyo muri Afurika y’iburengerazuba. Berlin yavuze ko “Icyemezo cyafashwe” kugeza igihe hazatangwa amabwiriza mashya. Ni nyuma y’aho kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 12 Kanama 2022 Mali yangiye indege z’abasirikare b’amahanga gukoresha ikirere cya Mali, […]

Abarimu ba gisirikare 90 ba FARDC basoje amasomo ya gikomando bamazemo amezi 3

Kuri uyu wa Kane, itariki 11 Kanama abarimu ba gisirikare 90 mu Gisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo basoje amahugurwa ya gikomando bahabwaga i Kindu muri Maniema. Ni amahugurwa bari bamaze amezi atatu bahabwa n’abarimu ba gisirikare b’Ababiligi ku mayeri ya gikomando arimo no kurwanisha amaboko gusa (les combats sans armes), ku butabazi bw’ibanze […]

La banque centrale augmente le taux de prĂŞt pour maĂ®triser l’inflation

La Banque nationale du Rwanda (BNR) a augmentĂ© le taux directeur de 5% Ă  6% dans le but d’endiguer la montĂ©e des pressions inflationnistes, tout en prĂ©servant le pouvoir d’achat des consommateurs. Le taux directeur des prises en pension est la commission Ă  laquelle la banque centrale prĂŞte aux banques commerciales. Plus le taux est […]

Rubavu: Abaturage barembejwe n’abajura b’amatungo bayiba bakayabagira ku gasozi

Ubujura bw’amatungo magufi n’amaremare yinganjemo inka n’ingurube, yibwa akabagirwa ku gasozi bukomeje kuvuza ubuhuha mu Murenge wa Rugerero, mu Karere ka Rubavu, aho ubuyobozi bwemeza ko bugiye kurushaho gukaza uburinzi. Aba baturage bo muri uyu murenge baravuga ko abiba amatungo magufi n’amaremare yiganjemo inka n’ingurube bamara kuyiba bakayabagira ku gasozi bakahasiga ibihanga. Umwe mu baturage […]

Nyuma yo kwibikaho indege ye bwite, Diamond arateganya no gutunga sosiyete y’indege

Diamond Platnumz amaze igihe agaragaje ko afite gahunda yo kugura indege ye bwite, none nyuma yo kubigeraho arashaka no gutunga sosiyete y’indege. Gahunda yo kugura indege ye bwite yashyizwe ahagaragara hagati muri 2021. Muri kiriya gihe, manager we, Sallam SK, yahatiwe kwemeza ko koko uyu muhanzi umaze kuba icyamamare ku Isi afite gahunda yo kugura […]

Hegitari 57,200 zimaze kwangizwa n’umuriro mu Bufaransa kuva muri Kamena

gironde_wildfire_taille_d_origine_.jpg

Kuri uyu wa Kane, inkongi y’umuriro yakomeje gufata intera mu majyepfo y’uburengerazuba bw’u Bufaransa, amazu menshi arasenyuka, hegitari zisaga 6.800 z’ubutaka zirakongoka, bituma abantu byibura 10,000 bimurwa. Muri rusange hegitari 57,200 zimaze kwangizwa n’umuriro mu Bufaransa kuva muri Kamena. Abashinzwe kuzimya umuriro baturutse hirya no hino mu Burayi baje gufasha u Bufaransa mu gihe umuriro […]

Umugabo yinjiranye imbunda muri banki afata abakozi bugwate asaba amafaranga ye yizigamiye

Umugabo witwaje imbunda yafashe bugwate abakozi muri banki y’i Beirut mu murwa mukuru wa Liban, wibasiwe n’ibibazo by’ubukungu, anatera ubwoba ko aza kwitwika nadahabwa amafaranga yari yarazigamye. Kuri uyu wa Kane, uyu mugabo yinjiye mu ishami rya Banki Nkuru muri Beirut mu karere ka Hamra yitwaje akajerekani karimo peteroli. Yafashe bugwate abakozi batandatu cyangwa barindwi […]

Les sĂ©nateurs demandent l’accès Ă  la retraite pour les anciens travailleurs rwandais au Burundi

Les sĂ©nateurs ont dĂ©clarĂ© que la situation actuelle est prĂ©occupante, oĂą les Rwandais qui ont travaillĂ© Ă  l’Ă©tranger, principalement au Burundi, ne reçoivent pas de pension. Ils ont donc rĂ©clamĂ© leur accès Ă  la sĂ©curitĂ© sociale. L’appel a Ă©tĂ© lancĂ© le mercredi 10 aoĂ»t, alors que la sĂ©ance plĂ©nière du SĂ©nat a approuvĂ© deux hauts […]

Umwirabura wa mbere wahawe ipeti rya General w’inyenyeri enye yagizwe Umuyobozi wa AFRICOM

220809-f-cn170-148.jpg

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Amerika gishinzwe Afurika (AFRICOM) bwahawe umuyobozi mushya, Gen. Michael “Mike” Langley uzakomeza kuyobora ibikorwa by’Ingabo za Amerika ku mugabane aho Pentagon ivuga ko kurwanya ingaruka zo gukomeza kuhagira ijambo kw’Abashinwa n’iterabwoba ry’intagondwa bikomeje kuba ibya mbere mu bigomba gukurikiranirwa hafi. Nk’uko tubikesha VOA Afrique, Gen. Langley mu birori byabereye ku cyicaro cya […]

Abantu hafi 500 bamaze guhanwa bazira gufata ku makamyo batwaye amagare

Polisi y’u Rwanda (RNP) yihanangirije abatwara amagare, bafata ku makamyo cyane cyane iyo bageze mu mihanda izamuka ndetse ugasanga rimwe na rimwe bamwe muri bo bahasiga ubuzima. Umuvugizi wa Polisi y’ u Rwanda Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, yavuze ko ibikorwa byo gufata abatwara amagare bafata ku makamyo bigashyira ubuzima bwabo mu kaga […]