Nyamihana: Abasore babiri babanaga mu nzu bapfuye urw’amayobera

Abasore babiri babanaga mu nzu mu mudugudu wa Nyamihana, muri Komini ya Mugina, mu Ntara ya Cibitoke, mu gihugu cy’u Burundi basanzwe bapfuye polisi ita muri yombi abantu 9 bakekwaho kubigiramo uruhare. Abo basore ni DieudonnĂ© Bizimana w’imyaka 18 na Pascal Ntaconayigize w’imyaka 20 ans. Basanzwe muri iyi nzu bakodeshaga bapfuye kuwa Kabiri ushize, itariki […]

Boko Haram yatangaje umuyobozi wayo mushya wasimbuye Abubakar Shekau

Umutwe w’Abajihadiste wo muri Nigeria Boko Haram wemeje bidasubirwaho urupfu rw’uwari umuyobozi wawo, waguye mu mirwano yabahuje n’Abarwanyi ba Leta ya Kisilamu muri Afurika y’Uburengerazuba, ISWAP, utangaza umuyobozi wawo mushya, Bakura Modu bakunda kwita Sahaba, mu mashusho yoherejwe kuri uyu wa Gatatu Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP. Sahaba, umuyobozi w’ingenzi wa Boko Haram uzwi n’impuguke nk’ufite […]

Abayobozi ba Rukiga bashyikirijwe umurambo w’Umugande wari ufungiye mu Rwanda

Umurambo w’umugande w’imyaka 38 bivugwa ko yapfiriye muri gereza yo mu Rwanda yari afungiyemo mu ntara y’Iburasirazuba washyikirijwe abayobozi ba Uganda muri iki cyumweru nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Chimpreports kivuga ko uyu ari uwitwa John Baptist Tumukorereki, ukomoka mu Karere ka Rukiga wapfuye ku itariki 16 Gicurasi 2021. Umurambo we iyi nkuru ivuga ko washyikirijwe abayobozi […]

Abayobozi 40 b’ibihugu bya G7 bamaze kuva ku butegetsi bagasiga Putin akiyobora

hx4p2krnwva65pjutlofjb2grm.jpg

Kuva yatorwa mu 2000, Perezida w’u Burusiya uriho ubu amaze kubona abayobozi 40 batandukanye b’ibihugu 7 bikize cyane ku Isi, G7 bava ku butegetsi bakamusiga akiyobora. Vladimir Putin amaze kwicarana n’abayobozi babiri b’Abadage, Gerhard Schröder na Angela Merkel, abaperezida bane b’Abafaransa (Chirac, Sarkozy, Hollande na Macron), ba minisitiri b’intebe bane ba Canada, abaperezida batanu b’Abanyamerika, […]

Mali: Ingabo za Niger zishwe, Abafaransa barakomereka, hafatwa n’abayobozi ba EIGS

prisonnier-libere-echange-terrorisme-djihadiste-narcotrafiquant-islamiste-mujao-rebelle-touareg-mnla-cma-hcua-barkhane-serval-armee-soldat-francais_1_.jpg

Muri Mali, imirwano yo kuwa Kabiri ushize, itariki 15 Kamena, yahuje n’abasirikare ba Niger n’u Bufaransa, bari mu gikorwa cyo gutata, n’abarwanyi b’abajihadiste bo mu mutwe wa Leta ya Kisilamu igice cya Sahara (EIGS), yaguyemo abasirikare babiri ba Niger undi arakomereka, ndetse abasirikare babiri b’Abafaransa bo muri Operation Barkhane nabo barahakomerekera nk’uko byatangajwe kuri uyu […]

Nicolas Sarkozy yongeye kugaragara mu rukiko yarakariye ubushinjacyaha

Kuri uyu wa Kabiri, uwahoze ari Perezida w’u Bufaransa, Nicolas Sarkozy, yitabye urukiko, ahakana amakosa ashinjwa ndetse anagaragariza uburakari ubushinjacyaha ubwo yaburanishwaga kubera inkunga yaba yaratewe mu buryo butemewe n’amategeko n’uko yatsinze amatora yo mu mwaka wa 2012. Sarkozy, ufite imyaka 66, akurikiranweho kuba yarakoresheje hafi inshuro zikubye ebyiri miliyoni 22.5 z’amayero (miliyoni 27.5 $) […]

Ni ibihe bihano biza gusabirwa Rusesabagina n’abo bareganwa?

Urubanza Paul Rusesabagina areganwamo n’abandi 20 ibyaha by’iterabwoba byakorewe abaturage b’u Rwanda biteganijwe ko ruzakomeza kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 16 Kamena mu Rukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga ndetse n’ibyambukiranya Imipaka, aho ubushinjacyaha buzaboneraho gusabira ibihano abaregwa. Uru rubanza rwari rumaze gusubikwa hafi ibyumweru 3 kugira ngo ubushinjacyaha n’abaregwa babone umwanya uhagije wo kwitegura […]

Karongi: Imibiri 8,660 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yashyinguwe mu cyubahiro

Kuri iki Cyumweru gishize, itariki 13 Kamena 2021, ku rwibutso rwa Jenoside rwa Mubuga mu Karere ka Karongi hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 8,660 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Iyi mibirimo irimo iyabonetse bwa mbere ndetse n’indi yimuwe mu mva zitandukanye hirya no hino mu Karere ka Karongi. Ni igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo , Minisitiri w’Ubutabera […]

Somalia: Byibuze abasirikare 15 biciwe mu kigo cy’imyitozo i Mogadishu

Byibuze abantu 15 kuri uyu wa Kabiri, biciwe mu gitero cy’ubwiyahuzi cya bombe cyagabwe ku Kigo cya Gisirikare mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu. Abayobozi bari ku Bitaro bya Madina, aho uwahaye amakuru Reuters yabaze imirambo, bemeje ko koko aba bantu biciwe mu gitero cyagabwe mu gitondo ku kigo cya gisirikare. Nta mutwe n’umwe wahise […]

Kinshasa: Hategerejwe icyemezo gishobora gufungura Vital Kamerhe

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 15 Kamena 2021 ni bwo Urukiko rw’Ubujurire rwa Kinshasa/Gombe rutanga imyanzuro yarwo mu rubanza ruhuza Vital Kamerhe, Sammy Jammal n’ubushinjacyaha bwabareze kunyereza amafaranga yagenewe kubaka amazu yari agenewe abatishoboye. Ishyaka UNC (Union pour la Nation Congolaise), rya Vital Kamerhe, wahoze akora mu biro by’umukuru w’igihugu, Felix Tshisekedi, ritegereje ryihanganye […]

Canada: Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo yeguye kubera umukino wa Golf

military-change-of-command-20190822-20210222jpg.jpg

Umugaba mukuru w’ingabo wungirije wa Canada yeguye ku mirimo ye nyuma yo gukina umukino wa golf n’uwahoze ari umuyobozi mukuru w’ingabo w’iki gihugu, ukomeje gukorwaho iperereza ku byaha by’ubusambanyi. Lt. Gen. Mike Rouleau yavuze ko yatumiye Gen. Jonathan Vance ngo bakine golf “kugira ngo amenye niba ameze neza”. Mu nshingano yahozeho, Lt Gen Rouleau yari […]

Uganda: Umunyarwandakazi arakekwaho kwica mugenzi we bakoranaga

Igipolisi cya Uganda muri Karere ka Kanungu biravugwa ko kiri gukora iperereza ku rupfu rw’uwitwa Kembabazi Novious, wari umukozi wo mu kabari kitwa Green Tree Bar and Lodges gaherereye mu Mujyi wa Butogota bivugwa yishwe n’umunyarwandakazi. Urubuga commandonepost dukesha iyi nkuru rutavugwaho rumwe, aho rukunze gushinjwa gukoreshwa n’urwego rw’ubutasi bwa gisirikare muri Uganda, CMI, ahanini […]

Umukambwe Keneth Kaunda wabaye perezida wa mbere wa Zambia yajyanwe mu bitaro

Kuri uyu wa Mbere, ibiro by’umukambwe Keneth Kaunda wahoze ayobora Zambia unafatwa nk’umubyeyi w’igihugu byatangajwe ko yajyanwe mu bitaro. Itangazo ryashyizwe ahagaragara, ryavuze ko Kaunda w’imyaka 97, “atameze neza kandi yinjijwe mu bitaro bya Gisirikare bya Maina Soko,biherereyevmu murwa mukuru Lusaka. Nta yandi makuru arambuye yatangajwe ku burwayi bwe. Kaunda yategetse Zambia imyaka 27, aho […]

RDC: Umusirikare ufite ipeti rya Colonel, umugore we n’abarinzi be babiri bishwe

Umusirikare wa FARDC ufite ipeti rya colonel n’umugore we n’abarinzi be babiri kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki 12 Kamena biciwe hagati y’uduce twa Lita na Lona, mu Murenge wa Walendu-Tatsi, muri Teritwari ya Djugu. Ku murongo wa telephone, JoĂ«l Mande, umuyobozi w’uyu murenge wahaye aya makuru urubuga 7sur7.cd dukesha iyi nkuru, yavuze ko inyeshyamba […]

Uwashinje Bagosora araburira Isi ku ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi rikomeje gukwirakwira

capture-8.jpg

Umunyamategeko w’Umunyakanada, Drew White Q.C, wari mu ruzinduko muri Nouvelle-ZĂ©lande, yakoze ku manza z’ubushinjacyaha mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, rwashinzwe nyuma gato y’ubwicanyi bw’ibanze araburira Isi kubera guhakana jenoside yakorewe Abatutsi gukomeje gukwirakwira. Ati: “Guhakana jenoside bikomeje gukwirakwizwa na benshi mu bayikoze bahunze u Rwanda.” Ibi yabitangarije mu kiganiro Q + A. cya […]

Kinshasa: Urubanza uwahoze akuriye ubutasi aregamo umunyamategeko Muyambo

Kuri uyu wa mbere, itariki ya 14 Kamena 2021 mu rukiko rwisumbuye rwa Gombe muri Kinshasa haratangira urubanza rw’uwahoze ari umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza (ANR), Kalev Mutondo, aregamo Jean-Claude Muyambo. Aya makuru yemejwe nan’umunyamategeko Moba Cyprien, umwe mu bagize ihuriro ry’abavoka ryunganira uyu wahoze ari umuyobozi mukuru wa ANR. Nk’uko uyu munyamategeko abitangaza […]

Urugendo rwa Netanyahu kugeza yongeye kuba utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa gatatu

Benjamin Netanyahu kuri ubu yongeye kuba umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’umuyobozi w’ishyaka Likud, National Liberal Movement nyuma yo gukurwa ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe yabayeho imyaka 15 yose hamwe (Kuva mu 1993-1996 no kuva 2005-2021), aba minisitiri w’intebe wa Israel wamaze igihe kinini mu mateka. Niwe kandi wa mbere wavukiye muri Israel nyuma y’ishingwa ry’iki […]

OIF: Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida KaĂŻs SaĂŻed wa Tunisia

e3mwzvzwyas6bdm.jpg

Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 11 Kamena 2021, Perezida KaĂŻs SaĂŻed yakiriye i Carthage Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, wasuye Tunisia, mu rwego rwo gukurikirana imyiteguro y’inama ya 18 ya Francophonie. Inama yabo yibanze ku myiteguro ya nyuma y’inama izabera ku kirwa cya Djerba mu Gushyingo 2021. Perezida wa Tunisia […]

USA: Umuntu utaramenyekana yarashe abantu bagera kuri 13 muri Austin

Nibura abantu 13 bakomeretse, babiri muri bo bikomeye, nyuma yo kurasirwa mu mujyi wa Austin, muri Texas kuri uyu wa Gatandatu, aho amasasu yarashwe mbere ya saa 1:25 za mu gitondo (06:25 GMT) ku muhanda wa gatandatu, agace kagendwa cyane kuzuyemo utubari na resitora. Umuyobozi w’agateganyo wa Polisi muri Austin, Joseph Chacon, yatangaje ko umuhanda […]

Impamvu USA ihatira UAE kwitandukanya na Huawei niba ishaka indege za F-35

Ikinyamakuru Bloomberg kiravuga ko Guverinoma ya Joe Biden irimo guhatira Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) gusimbuza ikoranabuhanga rya Huawei Technologies Co ku muyoboro w’itumanaho ryazo, bitaba ibyo bikazagira ingaruka ku masezerano ya miliyari 23 z’amadolari yo kugura indege z’indwanyi zo mu bwoko bwa F-35 Lockheed Martin Corp na za drones UAE ishaka. Amerika yasabye UAE […]

Ikigo gishya cy’indwara z’umutima kizafasha n’abatabashaga kwigondera ubuvuzi bwazo

Mu Rwanda hagiye kubakwa ikigo gishya cyita ku ndwara z’umutima kizubakwa ku buso bwa hegitari enye kuri enye i Masaka mu Karere ka Kicukiro, mu Mujyi wa Kigali. Abayobozi bavuga ko imirimo yo kubaka iki kigo, kizubakwa n’Ikigo cy’ubushakashatsi ku ndwara z’umutima kitwa ‘Heart Care Research Foundation Rwanda (HCRF-R)’izatangira mbere y’impera z’uyu mwaka nk’uko byatangajwe […]

Zambia: Urukiko rwemereye Perezida Edgar Lungu kwiyamamariza indi manda

Kuri uyu wa Gatanu, Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rwa Zambia rwemereye Perezida uriho ubu, Edgar Lungu kwiyamamariza indi manda, bityo akaba azabasha kwitabira amatora ya perezida yo ku wa 12 Kanama. Urukiko rwanze icyifuzo cy’imiryango “Legal Resources Foundation”, icya “Chapter One Foundation”, n’icy’umuhanga mu by’amateka, Sishuwa Sishuwa bifuzaga ko Lungu atakwemererwa indi manda, kubera […]

Mali: U Bufaransa bwishe uwagize uruhare mu iyicwa ry’abanyamakuru 2 ba RFI mu 2013

Ingabo z’u Bufaransa zivuganye Baye Ag Bakabo, umwe mu b’ingenzi bakekwaho kwica abanyamakuru babiri b’Abafaransa bakoreraga RFI, Ghislaine Dupont na Claude Verlon, muri Operation yabereye mu majyaruguru ya Mali. “Bitwaga Ghislaine Dupont na Claude Verlon, bari Abafaransa, bari abanyamakuru. Ku ya 2 Ugushyingo 2013, bashimutiwe muri Mali bicwa n’abaterabwoba ba al-Qaeda muri Maghreb ya kisilamu. […]

RwandAir suspend ses vols vers l’Ouganda en raison de l’augmentation de Covid

La SociĂ©tĂ© Nationale des Transports AĂ©riens, RwandAir, a suspendu tous les vols vers l’aĂ©roport international d’Entebbe alors que l’Ouganda est aux prises avec une augmentation des cas de Covid-19. « En raison d’une augmentation des cas de Covid-19 en Ouganda, RwandAir annonce la suspension de ses vols vers Entebbe Ă  compter du 10 juin 2021, jusqu’Ă  […]

Musanze: Perezida arayobora umuhango wo gushyikiriza impamyabumenyi ba ofisiye 47

e3l4h49xwamn369.jpg

Biteganijwe ko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame aza kuyobora itangwa ry’impamyabumenyi ku basirikare bakuru n’abapolisi 47 basoje amasomo y’umwaka umwe bahabwaga mu ishuri rikuru rya gisirikare (Senior Command and Staff College) riherereye mu Karere ka Musanze. Aya masomo akomeye yo kuyobora yahuriyemo abasirikare n’abapolisi bari ku rwego rwa Majoro na Koloneli. Iri shuri ryashinzwe ku […]

Umuriro watse hagati y’abanyapolitiki Philippe Mpayimana na Ingabire Victoire

Nyuma y’aho kuri uyu wa Kane, itariki 10 Kamena, umunyapolitiki Philippe Mpayimana yibasiye abanyapolitiki bagenzi be batavuga rumwe n’ubutegetsi bakorera hanze y’igihugu no mu Rwanda, abashinja gukorera ba mpatsibihugu, Ingabire Victoire uri mu batunzwe urutoki nawe yasubije Mpayimana avuga ko ntacyo ari cyo kuburyo yamuha amasomo. Ibi Mpayimana yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru cyabereye mu […]

Minisitiri w’Intebe wa Centrafrica, Firmin Ngrebada, yeguye na guverinoma ye

Minisitiri w’Intebe wa Centrafrica, Firmin Ngrebada, kuri uyu wa Kane, yatangaje ko yashyikirije ubwegure bwe, Perezida Faustin-Archange TouadĂ©ra, wongeye gutorwa mu Ukuboza. “Maze gushyikiriza nyakubahwa Perezida wa Repubulika Faustin-Archange TouadĂ©ra ukwegura kwanjye ndetse n’ukwa guverinoma.” Minisitiri w’intebe wa Centrafrica, Firmin Ngrebada, yabitangaje ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa Kane, tariki ya 10 Kamena, ashimangira […]

U Bubiligi: Abadepite basabye guverinoma kuganira n’u Rwanda uko Rusesabagina yacyurwa

Kuri uyu wa kabiri ushize,itariki 08 Kamena 2021, Komite ishinzwe Ububanyi n’Amahanga y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bubiligi yemeje icyifuzo cy’umwanzuro wa Els Van Hoof, Perezida w’ishyaka Christen-Democratisch en Vlaams (CD&V ) gisaba guverinoma gutangiza ibiganiro na Guverinoma y’u Rwanda ku bijyanye no gucyura Paul Rusesabagina (ufite ubwenegihugu bw’u Bubiligi), ubu uburanishwa i Kigali. Bwana Rusesabagina, […]

L’avocat Bukuru Ntwali s’est suicidĂ© – RIB

Un avocat de la ville dĂ©cĂ©dĂ© la semaine derniĂšre aprĂšs ĂȘtre tombĂ© d’un immeuble du centre-ville de Nyabugogo, dans le district de Nyarugenge, s’est suicidĂ©, a dĂ©clarĂ© le Bureau d’enquĂȘte du Rwanda (RIB), mettant en garde contre les personnes colportant des mensonges selon lesquelles il a Ă©tĂ© assassinĂ©. Le porte-parole de RIB, le Dr Thierry […]

Mu gihe kitageze ku kwezi abasaga 100 bamaze gufatwa bakekwaho gutera inda abana

Intara y’Iburasirazuba yatangaje ko abagabo 117 bakekwaho gutera inda abangavu bamaze gutabwa muri yombi mu gihe cy’ibyumweru bitatu bagashyikirizwa inzego z’iperereza kugira ngo bazashyikirizwe ubutabera. Guverineri w’intara, Emmanuel Gasana, yavuze ko ibyo ari bimwe mu bikorwa byahurijwe hamwe mu bukangurambaga bugamije kugira imidugudu itarangwamo ibyaha, byibanze ahanini ku guteza imbere umuryango no gukemura ibibazo by’ingutu […]

Umwarimu mu bya gisirikare, intasi muri CMI, Maj (Rtd) Jessica Alupo, Visi Perezida wa Uganda

Visi Perezida mushya wa Uganda, Maj (Rtd) Jessica Alupo, wagenwe kuri uyu mwanya na Perezida Museveni kuwa Kabiri ushize, ni umugore w’umuhanga kandi w’intararibonye mu bya gisirikare, ubutasi na politiki, wavuga ko agiye gufasha umukuru w’igihugu cya Uganda muri izi nzego zose afitemo ubunararibonye bitewe n’imyanya yagiye abamo, akaba ari umugore rero utapfa gufata nk’umuntu […]

Ngoma: Akurikiranweho kwica uwari inshuti ye arangije amujugunya mu musarane

Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Ngoma kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 08 Kamena, bwaregeye mu mizi umugabo ukekwaho kwica umugabo wari inshuti ye yarangiza akamujugunya mu musarani. Kuwa 23 Gicurasi 2021 nibwo Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwakiriye amakuru avuye mu nzego z’ibanze avuga ko mu Mudugudu wa Nkoyoyo, mu Kagari ka Basagara, mu Murenge […]

U Bufaransa bwoherereje USA indi mpano ya “Statue de LibertĂ©”

Nyuma y’imyaka 135 u Bufaransa buhaye Leta Zunze Ubumwe impano ya mbere y’ikimenyetso cy’ubwisanzure izwi nka “Statue de LibertĂ©â€ bwongeye kubaha indi mpano nk’iyi itegerejwe ku cyambu cya New York ku itariki 04 Nyakanga ubwo iki gihugu kizaba kizihiza umusinzi w’ubwigenge. Biteganyijwe ko indi kopi ya Statue de LibertĂ© yahagurutse ku cyambu cya Havre ku […]

Burundi: Abayisilamu bikomye minisitiri Gervais Ndirakobuca

Abayisilamu bo mu gihugu cy’u Burundi bikomye minisitiri w’umutekano Gen. Gervais Ndirakobuca bamushinja gushaka gusenya imigenzo y’idini ryabo nyuma y’aho uyu anengeye umuhamagaro w’amasengesho ya saa cyenda z’ijoro avuga ko indangururamajwi zikoreshwa ninjoro yumva atari zo zatuma umuntu usanzwe afite inshingano yo kuzinduka asenga abyuka. Mu magambo ye nk’uko tubikesha urubuga rwa UbmNews, Gen Ndirakobuca […]

Ku nshuti y’uwakubise urushyi Perezida Macron hasanzwe imbunda n’igitabo cya Hitler

Kuri uyu wa Kabiri nimugoroba, amazu y’umuntu wakubise urushyi perezida Macron n’inshuti ye yari yamuherekeje yasatswe n’abashinzwe iperereza, bivugwa ko bahasanze imbunda n’igitabo cyanditswe na Hitler. Kugeza kuri uyu wa gatatu nyuma ya saa sita, aba basore babiri b’imyaka 28, batuye DrĂŽme, bari bagifunzwe nyuma yuko umwe muri bo akubise urushyi mu maso Perezida w’u […]

Muhanga: Ubushinjacyaha bukurikiranye uwishe inshuti ye y’umumotari akamwiba moto

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga, kuwa Mbere ushize bwaregeye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye, busabira ifungwa ry’agateganyo mu gihe hagikorwa iperereza umusore ukekwaho kwicira mu nzu umumotari akamutwara moto. Umusore w’imyaka 26 y’amavuko, akekwaho kuba yariciye umumotari mu Mudugudu wa Ruvumera, Akagali ka Gahogo, Umurenge wa Nyamabuye, mu Karere ka Muhanga, Intara y’Amajyepfo, ku itariki […]

Centrafrica: U Bufaransa bwahagaritse inkunga bwateraga ingengo y’imari n’ubufatanye mu bya gisirikare

U Bufaransa bwemeje ko bwahagaritse inkunga bwateraga ingengo y’imari y’igihugu cya Centrafrica ndetse bwanahagaritse ubufatanye mu bya gisirikare bwari bufitanye n’iki gihugu. I Paris, Minisiteri y’ingabo iravuga ko hari ubukangurambaga bwihwishwe inyuma n’u Burusiya bugamije kurwanya u Bufaransa kandi abayobozi ba Centrafrica bakaba babifitemo uruhare. Abafaransa bibasiwe ni abakorerabushake batanu bakoranaga na Minisiteri y’ingabo, urubyiruko, […]

Huye: Rurageretse hagati y’abaturage n’umupasiteri bashinja kubasibira inzira

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Tumba baravuga ko bahangayikishijwe n’umupasiteri uri guhinga umuhanda wo muri karitsiye bakoreshaga bataha mu ngo zabo, mu gihe uyu mupasiteri we avuga ko ntawe ukwiye kumutegeka uko akoresha ubutaka bwe. Aba baturage ni abatuye mu Kagari ka Gitwa mu Mudugudu wa Rebero bavuga ko hashize imyaka myinshi bafite […]

Abaherwe ba mbere ku Isi nka Jeff Bezos na Elon Musk baravugwaho gukwepa imisoro

Raporo y’iperereza yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa kabiri ivuga ko benshi mu Banyamerika bakize nta musoro ku nyungu batanze mu myaka mike ishize, ubwo Washington yasuzumaga ibyifuzo bishya byo gukemura ikibazo cyo kunyereza imisoro cy’abantu bakize ndetse n’amasosiyete. Raporo yateje urunturuntu, yakozwe n’ikinyamakuru ProPublica gikorera i New York, yerekanye ko Umuyobozi wa Amazon, Jeff Bezos, […]

Mpfa buri munsi – Umusirikare wa Israel wafashwe bugwate na Hamas

Hamas yasohoye amajwi y’umugabo ivuga ko ari imbohe y’Umunya-Israel yafatiwe muri Gaza, nyuma y’icyumweru umuyobozi w’uyu mutwe w’abarwanyi b’Abanyapalesitine avuze ko yiteguye kugirana imishyikirano yo guhererekanya imfungwa na Israel. Mu majwi yashyizwe ahagaragara na Al-Jazeera, ishami ryayo ry’Icyarabu ku cyumweru, uyu mugabo yumvikana avuga ko ari “umusirikare wa Israel wafashwe mpiri” na Hamas kandi ko […]

Le Rwanda et l’Arabie saoudite discutent des relations bilatĂ©rales

Le ministre des Affaires Ă©trangĂšres et de la CoopĂ©ration, Dr Vincent Biruta, a accueilli lundi dans son bureau le ministre d’Etat saoudien chargĂ© des Affaires africaines, l’ambassadeur Ahmed Kattan, en visite officielle dans le pays. “Les deux ministres ont discutĂ© du renforcement des relations bilatĂ©rales et ont signĂ© un accord gĂ©nĂ©ral de coopĂ©ration”, lit-on dans […]

Yaciye agahigo kari gafitwe n’umugore wo muri Mali nyuma yo kubyara abana 10

Umugore wo muri Afurika yabyaye abana 10, aca agahigo ka Guiness World Record kari gafitwe n’Umunyamalikazi, Halima Cisse, uherutse kubyarira muri Maroc abana 9 mu kwezi gushize. Nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru byo muri Afurika y’Epfo, Gosiame Thamara Sithole w’imyaka 37, yabanje kubagwa kugirango abyazwe abana b’abahungu 7 n’abakobwa 3, ahita aba umugore ukicuye agahigo ko kubyara […]

Amafoto: Hibutswe umwaka ushize Pierre Nkurunziza apfuye hanizihizwa Umunsi wo gukunda igihugu

e3wflpjweaacvxi.jpg

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 08 Kamena 2021, mu gihugu cy’u Burundi hizihijwe umunsi wo gukunda igihugu wahuriranye no kwizihiza umwaka ushize Perezida Pierre Nkurunziza apfuye, mu muhango wabereye mu Murwa Mukuru wa politiki, Gitega. Uyu muhango witabiriwe n’umukuru w’igihugu, Evariste Ndayishimiye n’umufasha we, bakikijwe n’umuryango wa nyakwigendera Pierre Nkurunziza, umugore n’abana babo, ukaba wabereye […]

ICC: Haratangwa umwanzuro ku bujurire bw’ “Umubazi wa Bosnia”, Ratko Mladic

Mu 2017, Ratko Mladic wamenyekanye nk’ “Umubazi wa Bosnia” yajuririye igihano cy’igifungo cya burundu kubera ibyaha by’intambara byakorewe muri Bosnia hagati ya mu myaka ya za 90. Abacamanza bo mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha i La Haye basobanuye amarorerwa yakozwe n’abasirikare bayobowe na Mladic nk’amwe “mu bikorwa by’urwango biruta ibindi byamenyekanye ku bantu”. Ibyavuye mu bujurire […]

U Bufaransa bwaciye Google ihazabu ya miliyoni zisaga 200 z’Amadolari

U Bufaransa bwahanishije Google ihazabu y’amadolari miliyoni 268 kubera kwikubira isoko ryo kwamamaza nyuma y’ikirego cy’amasosiyete atatu y’itangazamakuru yitwa News Corp, Figaro na Rossel. Ibi bigo by’itangazamakuru byashinje Google kubizibira amayira kandi umutungo wabyo munini uturuka mu iyamamaza, ahubwo igakoresha serivise zabyo bwite mu rwego rwo kwamamaza ibicuruzwa ku ikoranabuhanga. Ikigo cya leta cy’u Bufaransa […]

RDC: Umupfakazi wa Gen Kahimbi n’abo bareganwaga kugira uruhare mu rupfu rwe bagizwe abere

Abaregwaga bose mu rubanza rw’iyicwa rya Gen. Delphin Kahimbi, barimo umugore we na nyirabukwe bagizwe abere. Mu cyemezo cyarwo cyatanzwe ku wa mbere, tariki ya 7 Kamena muri gereza nkuru ya Makala i Kinshasa, Urukiko Rwisumbuye rwavuze ko nta kirego rwasigaranye ku baregwa. Mu gihe nta bimenyetso bifatika byerekeranye n’iyicwa ry’uwahoze ari umuyobozi w’ubutasi bwa […]

Karasira devra faire face à des accusations supplémentaires

Le youtubeur controversĂ© Aimable Uzaramba Karasira, qui a Ă©tĂ© arrĂȘtĂ© par le Bureau d’enquĂȘte rwandais (RIB) le 31 mai, devrait faire face Ă  des accusations supplĂ©mentaires en plus des accusations mentionnĂ©es prĂ©cĂ©demment de nĂ©gationnisme et d’incitation Ă  la division. L’ancien professeur d’universitĂ©, qui a Ă©tĂ© limogĂ© par l’UniversitĂ© du Rwanda (UR) en aoĂ»t de l’annĂ©e […]

Hari uwambajije niba koko ngurutsa kajugujugu cyangwa ndi ikimenyetso gusa cy’umugore w’umupilote – Lt Rugazora

e3ipjg4wyaqdlqb.jpg

Umwe mu basirikare b’igitsinagore u Rwanda rufite batwara indege za kajugujugu witwa Lt Meron Rugazora, yatangajwe n’ikibazo umwe mu bantu bamukurikira yamubajije yibaza niba koko atwara kajugujugu cyangwa ari ukubyitirirwa gusa, ibintu abona ari nk’imyumvire ikiri hasi y’abantu bamwe muri iki kinyejana. Abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter rero, Lt Rugazora yagize ati “ Ejo […]

Abakuru b’ibihugu 10 bafite uburinzi buhambaye muri Afurika

sabc-news-paul-biya-afp-1_1_.jpg

Mu bihugu byinshi ku isi, abaperezida batorwa n’abaturage kandi kugira ngo aba Perezida basohoze inshingano zabo neza, bahabwa uburinzi buhambaye. Ku mugabane wa Afurika, abaperezida b’ibihugu byose bya Afurika nabo bahabwa uburinzi buhambaye kugira ngo imirimo ikorwe neza. Nubwo bimeze bityo ariko, abaperezida bamwe bo muri Afrika bafite uburinzi burenze ubw’abandi ubigereranyije nk’aba 10 ba […]

Umupolisi yafatiwe mu cyuho agerageza kugurisha imbunda

Igipolisi mu Karere ka Lira, mu gihugu cya Uganda cyataye muri yombi abagabo babiri barimo n’umupolisi bazira kugerageza kugurisha imbunda kuri miliyoni 2 z’Amashilingi. Abafashwe ni Police Constable Emmanuel Onyango, ukorera kuri station ya polisi ya Bugweri, ndetse na Isaac Ochaka, umuturage utuye mu mujyi wa Aduku, mu Karere ka Kwania. Nk’uko tubikesha urubuga Commandonepost, […]

Rwamagana: Haravugwa iraswa ry’abantu babiri bagerageje kurwanya abapolisi

Amakuru aturuka mu Karere ka Rwamagana, mu Murenge wa Kigabiro, Akagari ka Sibagire, mu Mudugudu wa Kamanga, aravuga ko kuri uyu wa Gatandatu ushize, polisi yarashe abagabo babiri nyuma yo gutera amabuye abapolisi bari bagiye kubaza impamvu bari kunywa inzoga basinze barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 na nyuma yo guhohotera umupolisikazi wari ubabajije impamvu […]

Tanzania: Impunzi z’Abarundi ziri guhiga bukware mugenzi wazo zishaka kumwica

Amakuru aturuka mu nkambi ya Nduta mu gihugu cya Tanzania, aravuga ko hari agatsiko k’impunzi z’Abarundi zitwaje intwaro gakondo zimaze iminsi zihiga bukware indi mpunzi zifuza kumwivugana, uyu ngo akaba atakirara iwe. Aka gatsiko bivugwa ko kamaze iminsi karara amarondo y’ijoro gashaka kwivugana mugenzi wabo wahoze ari umuyobozi wa Zone ya 21. Aka gatsiko ngo […]

Bishobotse mu minsi iri imbere Nigeria yaba yitwa Repubulika Yunze Ubumwe ya Afurika (UAR)

Ese umuntu wo muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Afurika yaba ngw’iki? Igisubizo gikomeje kuraza abanyanijeriya benshi badasinziriye mu gihe bateganya guhindura izina ry’iki gihugu. Amakuru aturuka muri nigeria avuga hashize ibyumweru bibiri, abadepite bazenguruka igihugu bakusanya ibitekerezo by’abaturage kugira ngo bahindure itegeko nshinga. Igitekerezo cyari ugukusanya ibitekerezo byagenderwaho mu kuvugurura itegeko nshinga na gahunda ya […]

Uganda: Brig. Deus Sande arashinja abasivili bitangiye kurinda kuba ari bo bahindukira bakabica

Umuyobozi wa Brigade ishinzwe gukoresha ibimodoka by’intambara mu Gisirikare cya Uganda, Brig Deus Sande, yagaragaje impungenge z’impamvu ” abasirikari bibasirwa nyamara baratanze byinshi kugira ngo igihugu gikomeze kugira umutekano, ashinja abasivili barinda kuba ari bo barimo barabahindukirana bakabibasira. Kuri wa Gatanu, Brig Sande yavugiye ijambo mu ishyingurwa rya nyakwigendera Haruna Kayondo, umushoferi wa Gen Edward […]