Umupilote wâUmurusiya wari warahungiye muri Ukraine yiciwe muri Espagne

Umurambo wâumugabo warasiwe muri Espagne biravugwa ko ari uw’umuderevu wa kajugujugu y’u Burusiya wahungiye muri Ukraine umwaka ushize. Muri Kanama, nibwo Maxim Kuzminov yafashe kajugujugu ayijyana muri Ukraine yishyikiriza ubuyobozi. Polisi ya Espagne ntabwo yemeje ku mugaragaro umwirondoro wâuyu mugabo wiciwe hafi ya Alicante mu cyumweru gishize. Icyakora, ubutasi bwa Ukraine bwemeje urupfu rwa Kuzminov […]
Masisi: Imirwano yubuye hagati ya FARDC na M23 ku dusozi twa Ndumba na Kashungamutwe
Kuri uyu wa Kabiri, haravugwa imirwano mishya hagati yâinyeshyamba za M23 nâabarwanyi ba Wazalendo hafi ya Bweremana, umurwa mukuru wa Sheferi ya Bahunde muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nkâuko amakuru aturuka muri ako gace atangazwa nâuruhande rwa leta abitangaza, imirwano yatangijwe saa moya za mugitondo na M23 yibanze ku misozi ya […]
Leta yâu Burusiya yanze guha umuryango wa Navalny umurambo we
Umuryango wa Alexei Navalny, utaravugaga rumwe na Putin uherutse gupfira muri Gereza yâu Burusiya, uravuga ko babwiwe ko umurambo we utazarekurwa nyuma yâibyumweru bibiri. Uhagarariye Navalny yavuze ko nyina yamenyeshejwe ko umurambo ugikorerwa ibizamini. Nta makuru yâaho umurambo uherereye atangwa nâabayobozi b’u Burusiya, mu gihe imbaraga zishyirwa mu kumenya aho uherereye zitambitswe inshuro nyinshi nkuko […]
Kamonyi: Yatonganye n’umubyeyi we umujinya awutura urutoki

Mu Murenge wa Nyarubaka mu Kagari Gitare mu Mudugudu wa Remera mu Karere ka Kamonyi, uwitwa Ntakirutimana Emmanuel w’imyaka 28 yatemye insina 60, ibisheke 10 nâingemwe zâamacunga 3 biturutse ku mujinya waturutse ku makimbirane yagiranye nâumubyeyi we. Ibi byamenyekanye ahagana saa tatu za mugitondo (9:00 am) kuri uyu wa 19 Gashyantare 2024. Providence Mbonigaba Mpozenzi […]
Amafoto: SADC na MONUSCO bikomeje gukaza ibirindiro mu mpande zitandukanye zikikije Goma na Sake

Ingabo za SADC zoherejwe mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bari gukaza ibirindiro mu mpande zitandukanye zikikije umujyi wa Goma n’umujyi wa Sake kugirango bahangane nâinyeshyamba za M23. Umuvugizi w’ingabo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye i Goma, Lt Col. Kedagni Mensah, avuga ko ihungabana ry’umutekano ku Muhanda wa 2 muri Kivu yâAmajyaruguru ryatumye MONUSCO […]
Avdiivka: U Burusiya burashinjwa kwica imbohe zâintambara
Mu cyumweru gishize, ingabo za Ukraine zarekuye Umujyi wa Avdiivka mu burasirazuba, zari zimaze amezi zirwanira nâIngabo zâu Burusiya. Kwigarurira Avdiivka byerekana intsinzi yâingenzi ku Burusiya, gushimangira umutekano wâumurwa mukuru wâakarere, Donetsk, ndetse bikaba byanakingura inzira zâibindi bitero mu turere tukigenzurwa na Ukraine. Umugaba mukuru wâingabo za Ukraine, Oleksandr Syrskyi, avuga ko yategetse kuva muri […]
Guinea: Perezida Doumbouya yasheshe Guverinoma
Perezida wa Guinea, Mamady Doumbouya yasheshe guverinoma avuga ko aza gushyiraho indi nshyashya nkuko byatangajwe nâumunyamabanga mukuru muri perezidansi yâicyo gihugu. Iki gihugu kimaze igihe gitegetswe nâabasirikare bahiritse ubutegetsi bwari busanzweho kuva mu kwezi kwa cyenda 2021. Umuryango wâubukungu wo mu karere kâAfurika yâuburengerazuba (CEDEAO), umaze igihe wotsa igitutu ubu butegetsi bwa gisirikare usaba ko […]
Huye: Munyenyezi yabwiye urukiko ko atari kwiga muri Kaminuza nta mpamyabumenyi yâamashuri yisumbuye
Beatrice Munyenyezi ushinjwa ibyaha bya jenoside yabwiye urukiko rwisumbuye rwa Huye ko abatanze ubuhamya bumushinja bavuze ibinyoma kandi ko ubuhamya bwabo bwaranzwe no kwivuguruza. Mu rubanza bamwe mu batangabuhamya bavuze ko Beatrice Munyenyezi yigaga muri Kaminuza yâu Rwanda i Butare, ngo agatoranya abakobwa bâAbatutsi akabaha abasirikare ngo babasambanye. Yavuze ko jenoside yabaye yiga mu ishuri […]
Umutwe wa RSF urashinjwa gufatanya na Wagner mu gusahura zahabu ya Sudani
Mu ntambara ikomeje yo kugenzura Sudani, ingabo za Rapid Support Forces (RSF) ngo zishingiye cyane kuri zahabu isohorwa mu gihugu magendu ndetse nâumubano wa hafi wazo nâikigo cyo mu Burusiya cya Wagner Group, ubu kizwi ku izina rya Africa Corps, nkâuko isesengura ryâUmuryango wâAbibumbye ryabigaragaje. Impuguke zâUmuryango wâAbibumbye zanditse ziti: “Imiyoboro ikomeye yashyizweho na RSF […]
Goma: Abigaragambya bongeye gutwika ibendera rya Amerika

Ibendera rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryatwitse muri iki gitondo nâabasore bigaragambya mu Mujyi wa Goma nyuma yâibyo bita « uburyarya bwabo mu kibazo cyâumutekano mu burasirazuba bwa DRC  ». Irindi bendera rya Amerika ndetse n’iry’u Bubiligi yaherukaga gutwika mu myigaragambyo y’i Kinshasa. Muri iki gitondo cyo kuwa Mbere, uru rubyiruko rwigabije imihanda mu […]
Bukavu: Batangiye kubura ibiribwa nyuma yâifungwa ryâumuhanda uhuza Kivu zombi
Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, abaturage ba Kivu y’Amajyepfo batangiye guhura n’ikibazo cyo kubura ibiribwa nyuma yâuko intambara hagati ya FARDC na M23 ikomeje gufata intera mu ntara bituranye ya Kivu y’Amajyaruguru isanzwe igaburira Umujyi wa Bukavu ku biribwa none intambara yahagaritse urujya n’uruza ku muhanda wa Goma-Bukavu kandi kuba hari inyeshyamba mu turere […]
Indege zitwaye abasaba ubuhungiro zizajya mu Rwanda mbere yâamatora ataha – Min. Tomlinson
Minisitiri ushinzwe kurwanya kwinjira mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko mu Bwongereza, Michael Tomlinson, yatangaje ko ashobora kwemeza ko indege zitwara abasaba ubuhungiro zizahaguruka zijya mu Rwanda mbere yâamatora ataha ubwo yarengeraga gahunda ya guverinoma yo âguhagarika amatoâ. Rishi Sunak yanze inshuro nyinshi kujya kure, avuga ko intego ye ari ukubona indege mu kirere. Minisitiri […]
Meteo Rwanda yateguje umuyaga ukabije mu turere umunani
Ikigo gishinzwe iteganyagihe mu Rwanda cyatanze umuburo w’uko uturere umunani dushobora guhura n’umuyaga ukaze mu minsi itatu iri imbere. Nkâuko iki kigo kibitangaza, ngo biteganijwe ko umuvuduko wâumuyaga uri hagati ya metero umunani na 12 ku isegonda utegerejwe mu bice byinshi bya Musanze, Burera, Gisagara, Huye, Nyanza, ibice bya Muhanga, mu majyaruguru yâiburengerazuba bwa Kamonyi, […]
Senegal: Abashyigikiye Bassirou Diomaye Faye barasaba ko arekurwa bwangu
Abashyigikiye umunyapolitike Bassirou Diomaye Faye, umukandida wiyamamariza umwanya wâumukuru wâigihugu muri Senegal, barasaba ko yarekurwa vuba na bwangu. Baravuga ko babishingiye ku buringanire ku biyamamariza uwo mwanya bugenwa nâitegeko nshinga ryâicyo gihugu. Itangazo ryasohowe nâibiro bishinzwe kumwamamaza ryavuze ko abakandida bose bagengwa nâihame rigenwa nâitegeko nshinga ko bagomba gufatwa kimwe, bityo rubanda ikaba isabye ko […]
Vital Kamerhe arifuza ko RDC ikoresha uburenganzira bwayo mu guhangana nâu Rwanda
Vital Kamerhe, Umuyobozi wâishyaka UNC, yavuze ku kibazo cyâumutekano uhangayikishije mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, cyane cyane mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Binyuze mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara nâumuyobozi wâitumanaho, Michel Moto Muhima, Vital Kamerhe, umwe mu bagize ubuyobozi bwâihuriro riri ku butegetsi, Union Sacre, yashyigikiye Perezida FĂ©lix Tshisekedi avuga ko […]
Tshisekedi, Ramaphosa na Neva baganiriye ku guhangana na M23

Kuri iki Cyumweru mu gitondo, Perezida FĂ©lix Tshisekedi na bagenzi be Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo na Jenerali Ndayishimiye w’u Burundi bakoze inama yâibihugu bitatu i Addis Abeba, muri Ethiopia ku bijyanye no kohereza ingabo za SADC (SAMIDRC) mu burasirazuba bwa DRC. Kuri iyi ngingo, Abakuru b’ibihugu bitatu baganiriye ku guhuza ibikorwa neza ku butaka […]
Zerensky yasabye Trump kugenda bakajyana ku rugamba akamwereka intambara nyayo
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yasabye byihutirwa izindi ntwaro nyinshi kugira ngo hirindwe ikibazo gikomeye gishobora kuvuka mu Burayi. Zelensky yabwiye inama mpuzamahanga mu Budage ko “icyuho cyâintwaro” kizafasha u Burusiya gusa nkuko tubikesha BBC. Ingabo za Ukraine zabuze amasasu kubera ko inkunga ikomeye ya Amerika yagiye yitambiikwa nâabashyigikiye uwahoze ari perezida Donald Trump mu […]
Tanzania: Inkambi ya Nduta igiye gufungwa nyuma yo gusaba gucyura ku ngufu impunzi zâAbarundi
Abategetsi ba Tanzaniya batangarije UNHCR n’imiryango itegamiye kuri Leta bifatanya ko inkambi ya Nduta igomba gufungwa bitarenze mu Kwakira uyu mwaka. Impunzi zo ziritotomba zivuga “ihohoterwa ry’uburenganzira bwacu”. Barasaba kurindwa na Loni. Hakurikije ingengabihe ya minisiteri ishinzwe ibibazo byâimbere muri Tanzaniya SOS MĂ©dias Burundi yabonye, amashuri, amatorero nâibikorwa remezo byâubuzima byose bigomba gufungwa mu kwezi […]
Abafana ba âTour du Rwandaâ basabwe kwirinda icyabangamira imigendekere myiza yayo
Polisi yâu Rwanda irasaba abaturarwanda kwirinda ikintu cyose cyabera imbogamizi isiganwa Mpuzamahanga ryâamagare âTour du Rwandaâ rizatangira ku nshuro yaryo ya 16, kuri iki cyumweru, tariki 18 Gashyantare 2024. Ni irushanwa biteganyijwe ko rizarangira ku itariki ya 25 Gashyantare, nyuma yo kuzenguruka ahareshya nâibilometero 740 mu gihugu hose. Umuvugizi wa Polisi yâu Rwanda, Assistant of […]
U Rwanda ntiruzigera ruzuyaza cyangwa rusaba imbabazi ku bwo kurinda abaturage barwo – Kagame
Mu nama yigaga ku bibazo byo muri Repulika ya Demokarasi ya Congo, Perezida Kagame yatanze ubutumwa busobanutse ashimangira ko ntawe azasaba uruhushya rwo kurinda u Rwanda kandi yongera kwamagana ubufatanye bwa FDLR na FARDC. Minisitiri ushinzwe itumanaho muri Perezidansi, Stephanie Nyombayire abinyujije kuri X, yatangaje ko muri iyi nama yabereye I Addis Abeba ahaberaga nâinama […]
Amerika yasabye u Rwanda kuvana misile zo guhanura indege rushinjwa kohereza muri RDC
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zavuze ko zidashyikiye ubufasha u Rwanda rushinjwa guha umutwe wa M23 ndetse zisaba ko ruvana muri Congo abasirikare barwo bose na za misile zo guhanura indege “aka kanya” mu gihe u Rwanda rwakomeje guhakana gufasha M23. Mu itangazo ryo kuwa Gatandatu, Amerika ivuga ko yamaganye bikomeye kuba umutekano mucye urimo […]
Hafashwe abantu 70 bacyekwaho kwiba amatungo
Mu mezi atatu ashize abantu bagera kuri 70 bafatiwe mu bikorwa bya Polisi yâu Rwanda mu bice bitandukanye by’igihugu byo kurwanya ubujura bwâamatungo. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga, yavuze ko abafashwe ari abiba amatungo maremare n’amagufi bakanayabaga, abikorezi bayageza aho agurishirizwa, abayagura, abafite amaduka acuruza inyama (boucheries), utubari, […]
U Burusiya: Umunyapolitiki Navalny utacanaga uwaka na Putin apfiriye muri gereza
Abayobozi ba gereza yo mu karere ka Yamal-Nenets bavuze ko umugabo utavuga rumwe nâubutegetsi bwâu Burusiya, Alexei Navalny, yapfiriye muri iyi gereza kuri uyu wa Gatanu. Serivisi ishinzwe amagereza yavuze ko Navalny yumvise amerewe nabi arimo kugenda arambura amaguru kuri uyu wa Gatanu maze atakaza ubwenge yitura hasi. Nubwo imbagukiragutabara yahageze kandi hagakorwa ibishoboka byose […]
Intara y’Amajyepfo: Uwari ushinzwe imiyoborere yajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo
Uwari Umuyobozi ushinzwe Imiyoborere Myiza mu Ntara yâAmajyepfo yamaze kujuririra icyemezo cyâUrukiko rwâIbanze rwa Nyamabuye rwemeje ko akomeza gufungwa byâagateganyo ku cyaha cyo gutanga indonke akurikiranyweho. Mu iburana ryâuru rubanza ku cyemezo cyasomwe ku wa 09 Gashyantare 2024, Ubushinjacyaha bwagaragarije Urukiko ko Kabera Vedaste yatanze indonke ku wundi muntu kugira ngo adakora ikiri mu nshingano […]
M23 irarwanira ibintu bibiri â Alain Mukuralinda
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma yâu Rwanda, Alain Mukuralinda, aravuga ko M23 irwanira ibintu bibiri birimo gupfa no gukira , bitandukanye nâizindi ngabo zirimo nâizâabanyamahanga zikomeje gufasha FARDC , avuga ko zitazi icyo zagiye gukora nkâuko yabitangaje mu kiganiro cyihariye aherutse guha Bwiza TV na Bwiza.com. Uyu munsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo hari ingabo […]
Nyagatare: Bahangayikishijwe nâibitera bikomeje kwigabiza umujyi ari na ko byangiza

Abaturage bo mu mujyi wa Nyagatare bagenda barushaho guhangayikishwa no kwiyongera kwâibitera bikomeje kugaragara muri kariya gace. Izi nyamaswa, nk’uko abaturage baho babivuga, biteza umutekano mucye binyuze mu kwangiza ibintu, mu gutera amaduka no kwangiza imyaka, mu gihe ibisenge byo mu mujyi byabaye ahantu biruhukira, bigatuma byangiza amasakaro. Sipiriyani Ntambara, umumotari utuye mu Murenge wa […]
Amerika igiye kubaka ibirindiro 5 bya gisirikare muri Somalia
Kuri uyu wa Kane, itariki 15 Gashyantare 2024, Amerika na Somalia byashyize umukono ku masezerano yâubwumvikane (MoU) mu rwego rwo kongera ubushobozi bwâimikorere yâingabo za Somalia. Aya masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri wâingabo muri Somalia, Abdulkadir Mohamed Nur hamwe nâabashinzwe umutekano muri Amerika i Mogadishu. Abayobozi bakuru baturutse impande zombi, barimo Perezida wa Somalia, Hassan […]
Umuyobozi wâurwego rwâigihugu rwâubutasi (ANR) i Goma yatawe muri yombi azira M23

Umuyobozi wâUrwego rwâigihugu rwâubutasi bwa RD Congo (ANR) muri Goma nâabamwungirije babiri bafatiwe i Goma boherezwa i Kinshasa kuva ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 13 Gashyantare 2024, ku mabwiriza ya Gen. Christian Ndaywel, umuyobozi wâubutasi bwa gisirikare (Demiap), i Kintambo, ari naho bafungiwe. Nkâuko amakuru agera kuri Scooprdc.net dukesha iyi nkuru abitangaza, […]
Albanese agiye kuba Minisitiri wâIntebe wa mbere muri Australia ugiye gushaka ari mu kazi

Minisitiri wâintebe wa Australia, Anthony Albanese yatangaje ko agiye kurushinga nâumukunzi we, Jodie Haydon. Minisitiri wâintebe yashyize ku mbuga nkoranyambaga ifoto yabo iherekejwe nâamagambo agira ati: “Yavuze ngo yego”. Ni we Minisitiri wâIntebe wa mbere ugiye gushaka ari mu kazi. Kuri uyu wa Kane, itariki 14 Gashyantare, nibwo Minisitiri wâIntebe wa Australia, Anthony Albanese yatangaje […]
U Rwanda ruravugwaho kwibikaho intwaro zihambaye mu kurwanya ibitero bya drones

U Rwanda rwiyongereye ku bihugu bya Afurika bivugwa ko biheruka kwibikaho intwaro zo guhangana na drones za SKYctrl na FIELDctrl zakozwe na sosiyete yo muri Pologne, Advanced Protection Systems (APS). Ni intwaro zakorewe gutahura, gukurikirana no gusenya indege zitagira abapilote (UAVs) zibangamiye umutekano nâubusugire byâigihugu. SKYctrl ni sisitemu ihuza radar za 3D, gufata amashusho nâamajwi […]
Bwa mbere amabuye yâagaciro yinjirije u Rwanda asaga miliyari yâamadolari mu mwaka umwe
Ikigo gishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro cyatangaje ko amafaranga yinjiye avuye mu bucukuzi bwâamabuye yâagaciro yoherejwe mu mahanga mu 2023 yiyongereye agera kuri miliyari isaga 1.1 z’amadolari, avuye kuri miliyoni 772 z’amadolari yinjijwe mu 2022, bivuze ko yazamutseho 43%. Iyi ni intambwe yegereje kugera ku ntego ya guverinoma yo kwinjiza miliyari 1.5 z’amadolari buri mwaka avuye […]
U Buholandi bwasabye abanyagihugu babwo bari i Goma kuhava
Kuri uyu wa gatatu, Minisiteri yâububanyi nâamahanga yâu Buholandi yahamagariye abenegihugu bâu Buholandi bose bari i Goma, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kuva muri uyu mujyi, mu gihe ku ruhande rwâu Bubiligi, bukomeje âgutanga inama zikomeye zo kwirindaâ ingendo muri aka karere. Mu ijoro kuva ku wa Kabiri kugeza kuri uyu wa […]
Masisi: M23 yigaruriye imidugudu ya Kabase na Ndumba nyuma yâimirwano ikaze yâumunsi wose
Amakuru aturuka muri Teritwari ya Rutshuru aravuga ko inyeshyamba za M23 zirimo kongera abasirikare nâibikoresho kandi zirimo kugota umujyi wa Nyanzale bivugwa ko zishaka kwigarurira mu minsi iri imbere nyuma yo gufata uduce twa Kabase na Ndumba two muri Masisi kuri uyu wa Gatatu ushize. Bivugwa ko nyuma yâimirwano ikomeye yamaze umunsi wose hagati ya […]
Ruracyageretse hagati y’umunyenganda Mironko n’abanyamigabane ba SIRWA Ltd
Umunyenganda Mironko Francois Xavier yategetswe n’Urukiko rw’Ikirenga kugaragaza ibitabo byâibarurishamari bya Sosiyete yâuruganda rwâamarangi SIRWA Ltd byo mu gihe cyâimyaka 28, mu rwego rwo gushaka gukora igenagaciro rihamye kugira ngo hasuzumwe ikirego cyâabanyamigabane bâurwo ruganda. Ni mu rubanza Mironko aregwamo n’abanyamigabane, Thadee Bagaragaza, abazungura ba Juvenal Bihira ndetse nâabazungura ba Pierre Claver Iyamuremye. Bavuga ko […]
Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko biteye ikibazo kuba SADC na MONUSCO bikorana na FDLR

Kuba ingabo zâibihugu bitandukanye zaragiranye amasezerano yâubufatanye na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nta kibazo biteye ku Rwanda, ariko ku rundi ruhande kuba bakorana nâumutwe ufite intego yo guhungabanya umutekano wâu Rwanda, wanabigerageje, wanabikoze, unabigambiriye, byo biteye ikibazo. Ati “Ntekereza yâuko ndanahamya yâuko ari nacyo kibazo Guverinoma yâu Rwanda yakomeje kuvuga ko kigomba gukemuka,â Ibi […]
USA: Umupolisi wo muri Kenya yasanzwe mu cyumba cye cya hotel yapfuye
Abayobozi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika barimo gukora iperereza ku kibazo cyâumupolisi mukuru wo muri Kenya basanze yapfiriye mu cyumba cya hotel i Washington DC. Kuri uyu wa Kabiri, itariki 13 Gashyantare mu gitondo, nibwo umurambo wa Komiseri wa Polisi (CP) Walter Nyamato Nyankieya, wabonetse mu cyumba cye cya hotel. Yari mu itsinda ryâabapolisi […]
Depite Habineza yagaragaje impungenge nyuma y’impinduka ku biciro byâingendo
Depite Frank Habineza, akaba na Perezida wâIshyaka Democratic Green Party of Rwanda, yagaragaje ko benshi mu baturage batiteguye kubona ibiciro byâingendo byiyongera na cyane ko nubwo imibare igaragaza ko ubukungu bwâigihugu buzamuka mu mifuka yâabaturage bitaragenda neza. Yabitangarije mu Nteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Kabiri, itariki 13 Gashyantare 2024, aho Minisitiri wâIntebe, Dr Edouard […]
Ba mudahusha bamereye nabi abantu bahungiye mu Bitaro bya Nasser muri Gaza
Abantu batatu bahungiye mu Bitaro bya Nasser, ari nabyo binini muri Gaza barashwe na ba mudahusha (snipers) baricwa abandi 10 barakomereka nyuma yâuko Ingabo za Israel zikwirakwije taragiti (inyandiko zitariho umukono) zitegeka guhunga amagana yâabantu bari muri iri vuriro. Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres, yamaganye igitero cyâindege zitagira abapilote za Israel ku banyamakuru babiri […]
Amafoto: Minisitiri wâIngabo yakiriye abarimo minisitiri wâububanyi nâamahanga wa Portugal

Minisitiri wâingabo, Juvenal Marizamunda ndetse nâUmugaba Mukuru wâIgisirikare cyâu Rwanda (RDF) Gen. MK Mubarakh bakiriye Minisitiri wâubukungu nâimari wa Burkina Faso, Hon Aboubacar Nacanabo wari uherekejwe na Col Diaouri Ismael, Umuyobozi mukuru mu biro bya Perezida. Baganiriye ku buryo bwo gushimangira ubufatanye buriho nkâuko byatangajwe na Minisiteri yâIngabo kuri X. Kuri uyu wa Kabiri kandi, […]
USA yasabye Macky Sall gusubizaho ingengabihe yâamatora ikomeje guteza imyigaragambyo
Kuri uyu wa Kabiri, Umunyamabanga wa Leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi nâamahanga, Antony Blinken, yasabye Perezida wa Senegal, Macky Sall, gusubizaho ingengabihe yâamatora nâigihe cyagenwe cyo guhererekanya ubutegetsi, nk’uko Minisiteri yâububanyi nâamahanga ya Amerika yabitangaje nyuma yo kuvugana kuri telephone hagati yâabayobozi bombi. Ubwo yamuhamagaraga, Blinken yagaragaje “impungenge zikomeye” ku bijyanye […]
Muhanga: Umwana w’amezi 8 yishwe n’inkongi y’umuriro
Umwana w’amezi 8 witwa Munezero Bruno yahiriye mu nzu kugeza apfuye mu Mudugudu wa Karama, Akagari ka Ruli, Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga, nyuma y’uko ababyeyi be bamusize aryamye bagiye mu kazi. Umuyamabanga Nshingwabikorwa wâUmurenge wa Shyogwe Niyonzima Gustave, yemeje aya makuru avuga ko iyi nzu yahiriyemo uwo mwana ariko hakaba hataramenyekana icyayitwitse. […]
Alison Thorpe wagizwe ambasaderi mushya wâu Bwongereza azatangira imirimo ye muri Nzeri
Madamu Alison Thorpe yagizwe Ambasaderi mushya wâu Bwongereza mu Rwanda asimbuye Omar Daair OBE, uzimurirwa mu yindi ambasade. Thorpe azatangira imirimo ye muri Nzeri 2024 nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’u Bwongereza. Muri Mutarama 2021, nibwo Omar Daair yagizwe Ambasaderi wâu Bwongereza mu Rwanda na Ambasaderi udatuye mu Burundi muri Mutarama 2021, atangira imirimo muri Nyakanga […]
Izindi ntwaro ziremereye zitwikiriwe nâamahema ku mupaka wâu Burundi nâu Rwanda
Nyuma yâuko Abasirikare benshi b’u Burundi nâImbonerakure (urubyiruko rwa CNDD-FDD) barunzwe ku bwinshi ku mupaka n’u Rwanda kuva hafashwe icyemezo cyo gufunga imipaka n’u Rwanda, ubu biravugwa ko muri Komini ya Busoni, mu ntara ya Kirundo, hafi nâumupaka nâu Rwanda hashyizweho amasaha ntarengwa yo gutaha (couvre-feu), aho abaturage bavuga ko batewe ubwoba nâurujya nâuruza rudasanzwe […]
Byinshi ku bakomando ba Somalia bazwi nka Gorgor bahangayikisha Al Shabaab – Amafoto
Perezida wa Somalia, Hassan Sheikh Mohamud asanga abakomando kabuhariwe ba Gorgor bakunze kwita “Eagles” cyangwa za “Kagoma”, baragize uruhare rukomeye mu guhashya Al Shabaab ndetse agashimangira ko adashidikanya ko ari ingirakamaro ku gihugu. Igisirikare cya Turkiya cyatangiye gutanga imyitozo yâabakomando nâingabo zo kurwanya iterabwoba ku basirikare 150 bâingabo zâigihugu cya Somalia mu 2020 binyuze mu […]
Uruganda rwa mbere rutunganya amata yâifu mu Rwanda ruzatangira gukora muri Werurwe – RAB
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhnzi n’Ubworozi, (RAB), cyatangaje ko mu Rwanda hari inganda zirindwi zitunganya amata ndetse nâabandi bantu 45 batunganya amata bagakoramo ikivuguto, Fromage nâibindi. Umuyobozi Mukuru Wungirije wa RAB, Dr Solange Uwituze yavuze ko izi nganda zigiye kwiyongeraho urundi runini ruzajya rutunganyiriza amata yâifu i Nyagatare ruzatangira muri Werurwe, mu gihe byari biteganyijwe […]
Mu Rwanda hagiye gushingwa ikigo gitanga amasomo yo kubungabunga amahoro

Kuri uyu wa Mbere, Igisirikare cyâu Rwanda (RDF) nâikigo cyâUmuryango wâAbibumbye gishinzwe amahugurwa nâubushakashatsi (UNITAR) bakoze inama yo gushyiraho ikigo cyâindashyikirwa cyâamasomo yo kubungabunga amahoro. Iyi nama yari iyobowe nâUmugaba Mukuru wâingabo, Gen. MK Mubarakh. Mu ijambo rye, Gen MK Mubarakh yavuze ko u Rwanda ruri mu bikorwa byo kubungabunga amahoro kuva mu 2004, ariko […]
Kinshasa: Amabendera ya Amerika nâu Bubiligi yatwitswe nâabigaragambya bariye karungu
Kuri uyu wa Mbere, itariki 12 Gashyantare, Abapolisi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo barashe ibyuka biryani mu maso mu gutatanya abigaragambyaga batwitse amapine nâamabendera ya Amerika nâu Bubiligi hafi yâahari icyicaro cya za ambasade zitandukanye zâibihugu byâiburengerazuba nâibiro byâUmuryango wâAbibumbye mu murwa mukuru Kinshasa. Abigaragambyaga bavuga ko barakajwe nâumutekano muke uri mu burasirazuba bwa […]
Abifuza kwinjira muri RDF ku rwego rwa ofisiye batangiye kwiyandikisha
Ubuyobozi bwâIngabo zâu Rwanda bwamenyesheje Abanyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo zâu Rwanda ku rwego rwa Ofisiye ko kwiyandikisha ku Turere no ku Mirenge bitangira kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 13 Gashyantare kugeza ku ya 11 Werurwe 2024 . Abahamagawe ni abo ku rwego rwa Ofisiye baziga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare i Gako […]
Somalia: Abasirikare 3 ba UAE nâuwa Bahrain biciwe mu kigo cyâimyitozo ya gisirikare
Minisiteri yâingabo ya Leta Zunze Ubumwe zâAbarabu yatangaje ko ku wa Gatandatu, abasirikare batatu bâiki gihugu nâumusirikare wa Bahrein baguye mu gitero cyagabwe mu kigo cya gisirikare muri Somalia ubwo bari mu butumwa bwo gutoza ingabo za Somalia. Minisiteri yanditse ku rubuga nkoranyambaga X, rwahoze ari Twitter, ko âabasirikare bagabweho igitero cyâiterabwoba bari mu nshingano […]
Le Rwanda émet une alerte à la maladie des yeux rouges

Le ministĂšre rwandais de la SantĂ© a exhortĂ© dimanche le public Ă prendre des mesures de prĂ©caution, notamment en se lavant rĂ©guliĂšrement les mains, afin de prĂ©venir la propagation de la maladie des yeux rouges hautement contagieuse suite Ă une Ă©pidĂ©mie dans certains pays de la rĂ©gion. Le ministĂšre a dĂ©clarĂ© que la maladie se […]
Israel iravuga ko yabohoje imbohe 2 mu bitero yatangije mu Mujyi wa Rafah
Israel iravuga ko abagabo babiri b’Abanya-Israel bari bafashwe bugwate batabawe muri Rafah, nyuma yâuko itangije ibitero by’indege kuri uyu mujyi wo mu majyepfo ya Gaza. Igisirikare cya Israel kivuga ko Fernando Simon Marman wâimyaka 60 na Louis Har wâimyaka 70, bameze neza ubu. Israel ivuga ko hifashishijwe igisirikare cyo mu kirere nâuruhurirane rwâibitero mu gitero […]
Inyeshyamba zâAba-Houthi zagabye igitero ku bwato bwâubwikorezi mu Nyanja Itukura
Inyeshyamba zâAba-Houthi zo muri Yemen zishyigikiwe na Iran zavuze ko kuri uyu wa Mbere zagabye igitero ku bwato butwara imizigo mu Nyanja Itukura, iki kikaba ari cyo gitero giheruka kuva intambara yatangira hagati ya Israel na Hamas muri Gaza. Aba-Houthi bagaragaje ko ubwato bwitwa Star Iris. Umuvugizi w’igisirikare cy’uwo mutwe, Yahya Saree, yatangaje kuri televiziyo […]
Kinshasa: Ambasade ya Amerika yahawe uburinzi buhambaye mu gihe imyigaragambyo ikomeje

Kuri uyu wa Mbere, abapolisi benshi bashyizwe imbere ya Ambasade ya Leta zunze ubumwe zâAmerika kugira ngo bitambike abigaragambya imbere yâiyi ambasade. Imiryango myinshi itegamiye kuri leta yasabye ko habaho imyigaragambyo yamagana guceceka nâubufatanyacyaha kwâibihugu bimwe na bimwe byâiburengerazuba mu bwicanyi ivuga ko bukorerwa Abanyekongo mu burasirazuba bwâigihugu bukorwa na M23. Ku yindi nshuro, iki […]
Abanyarwanda bagiriwe inama yo kwirinda indwara yâamaso yandura cyane

Kuri iki Cyumweru, Minisiteri yâubuzima yâu Rwanda yasabye abaturage gufata ingamba zo kwirinda, harimo no gukaraba intoki buri gihe, indwara yâamaso atukura yandura cyane nyuma yo kwaduka mu bihugu bimwe na bimwe byo mu karere. Minisiteri yavuze ko iyi ndwara ikwirakwizwa no gukora mu maso yâabantu banduye cyangwa ahantu handuye. Mu nama zigirwa ku baturage […]
Minisitiri wâingabo wa Amerika, Lloyd Austin, yasubiye mu bitaro
Minisitiri wâingabo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, Lloyd Austin, yahaye inshingano umwungirije mu gihe yasubiye mu bitaro kubera “ikibazo cyâuruhago”, nk’uko Pentagon yabitangaje. Austin, ufite imyaka 70, ari mu gice cyita ku barwayi barembye mu kigo cyâubuvuzi cya gisirikare cya Walter Reed muri Virginie. Abayobozi bavuze ko kugeza ubu bitaramenyekana igihe azamara mu bitaro […]
Umunyakenya wari numero ya 1 ku Isi muri Marathon yapfanye nâumutoza we wâumunyarwanda
Umunyakenya wari numero ya mbere muri marathon mu bagabo ku Isi, Kelvin Kiptum w’imyaka 24, yapfuye azize impanuka yo mu muhanda yakoreye mu gihugu cye, apfana nâumutoza we, Umunyarwanda Gervais Hakizimana. Iyi mpanuka yâimodoka yabaye kuri iki Cyumweru, itariki 11 Gashyantare, ubwo Kiptum nâumutoza we, Hakizima, berekezaga mu burengerazuba bwa Kenya. Hari Ku Cyumweru, impanuka […]
Senegal: Batatu bamaze guhitanwa n’imvururu zishingiye ku matora
Abantu batatu bamaze kugwa mu myigaragambyo yatewe no kwigiza inyuma igihe cyâamatora kuzageza mu kwa cumi nâabiri mu gihugu cya Senegal. Hakomeje kandi impungenge muri iki gihugu kiri mu byari bisigaranye demokarasi muri Afurika yâuburengerazuba isigaye yarokamwe nâihirikwa ryâubutegetsi. Gusubika amatora hasigaye ibyumweru bitatu ngo amatora yari ategerejwe kuwa 25 Gashyantare abe kwatumye havuka imvururu […]
Tanzania: Abari bahanganye na Magufuli mu matora ya 2015 bakomeje gupfa umwe ku wundi

Mu 2015, muri Tanzania habaye amatora rusange yabanjirijwe nâibikorwa byo kwiyamamaza kuwa 22 Kanama, byarangiye umunsi umwe mbere yâamatora yo kuwa 25 Ukwakira, ariko abahatanye muri ayo matora baragenda bapfa umwe ku wundi, aho uheruka ari Edward Lowassa wapfuye kuri uyu wa Gatandatu, itariki 10 Gashyantare 2024. Aya matora yo mu 2015 muri Tanzania ni […]
U Rwanda rwejeje toni ibihumbi 600 z’ibigori mu gihembwe cyâihinga cya 2024 A

Minisitiri wâUbuhinzi nâUbworozi , Dr Musafiri Ildephonse yatangaje ko muri iki gihembwe cyâihinga cya 2024 A, u Rwanda rwejeje ibigori bigera kuri toni ibihumbi 600 kandi iyo imvura itagwa zari kurenga. Dr Musafiri yagize ati âIbi bigori twari twejeje bigera kuri toni ibihumbi 600, ubwo kandi byegereye ibyo turya mu mwaka wose, iyo tutagira ikibazo […]
M23 yafashe Katsiru mu gihe Aba-Wazalendo bigamba gufata Ruhunda
Mu gihe imirwano ikomeje i Kibumba, muri Teritwari ya Nyiragongo, inyeshyamba za M23 zigaruriye agace gashya kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 10 Gashyantare, bityo amakimbirane arakomeza mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nkâuko amakuru aturuka i Rutshuru abitangaza, nyuma yâimirwano ikaze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, agace ka Katsiru gatuwe nâabaturage bagera ku […]