Umupilote w’Umurusiya wari warahungiye muri Ukraine yiciwe muri Espagne

ac4b25a-kuzminov3.jpg

Umurambo w’umugabo warasiwe muri Espagne biravugwa ko ari uw’umuderevu wa kajugujugu y’u Burusiya wahungiye muri Ukraine umwaka ushize. Muri Kanama, nibwo Maxim Kuzminov yafashe kajugujugu ayijyana muri Ukraine yishyikiriza ubuyobozi. Polisi ya Espagne ntabwo yemeje ku mugaragaro umwirondoro w’uyu mugabo wiciwe hafi ya Alicante mu cyumweru gishize. Icyakora, ubutasi bwa Ukraine bwemeje urupfu rwa Kuzminov […]

Masisi: Imirwano yubuye hagati ya FARDC na M23 ku dusozi twa Ndumba na Kashungamutwe

Kuri uyu wa Kabiri, haravugwa imirwano mishya hagati y’inyeshyamba za M23 n’abarwanyi ba Wazalendo hafi ya Bweremana, umurwa mukuru wa Sheferi ya Bahunde muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace atangazwa n’uruhande rwa leta abitangaza, imirwano yatangijwe saa moya za mugitondo na M23 yibanze ku misozi ya […]

Leta y’u Burusiya yanze guha umuryango wa Navalny umurambo we

Umuryango wa Alexei Navalny, utaravugaga rumwe na Putin uherutse gupfira muri Gereza y’u Burusiya, uravuga ko babwiwe ko umurambo we utazarekurwa nyuma y’ibyumweru bibiri. Uhagarariye Navalny yavuze ko nyina yamenyeshejwe ko umurambo ugikorerwa ibizamini. Nta makuru y’aho umurambo uherereye atangwa n’abayobozi b’u Burusiya, mu gihe imbaraga zishyirwa mu kumenya aho uherereye zitambitswe inshuro nyinshi nkuko […]

Kamonyi: Yatonganye n’umubyeyi we umujinya awutura urutoki

img-20240219-wa0065-1-1.jpg

Mu Murenge wa Nyarubaka mu Kagari Gitare mu Mudugudu wa Remera mu Karere ka Kamonyi, uwitwa Ntakirutimana Emmanuel w’imyaka 28 yatemye insina 60, ibisheke 10 n’ingemwe z’amacunga 3 biturutse ku mujinya waturutse ku makimbirane yagiranye n’umubyeyi we. Ibi byamenyekanye ahagana saa tatu za mugitondo (9:00 am) kuri uyu wa 19 Gashyantare 2024. Providence Mbonigaba Mpozenzi […]

Amafoto: SADC na MONUSCO bikomeje gukaza ibirindiro mu mpande zitandukanye zikikije Goma na Sake

ggtzcf9wsaafrxn.jpg

Ingabo za SADC zoherejwe mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bari gukaza ibirindiro mu mpande zitandukanye zikikije umujyi wa Goma n’umujyi wa Sake kugirango bahangane n’inyeshyamba za M23. Umuvugizi w’ingabo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye i Goma, Lt Col. Kedagni Mensah, avuga ko ihungabana ry’umutekano ku Muhanda wa 2 muri Kivu y’Amajyaruguru ryatumye MONUSCO […]

Avdiivka: U Burusiya burashinjwa kwica imbohe z’intambara

Mu cyumweru gishize, ingabo za Ukraine zarekuye Umujyi wa Avdiivka mu burasirazuba, zari zimaze amezi zirwanira n’Ingabo z’u Burusiya. Kwigarurira Avdiivka byerekana intsinzi y’ingenzi ku Burusiya, gushimangira umutekano w’umurwa mukuru w’akarere, Donetsk, ndetse bikaba byanakingura inzira z’ibindi bitero mu turere tukigenzurwa na Ukraine. Umugaba mukuru w’ingabo za Ukraine, Oleksandr Syrskyi, avuga ko yategetse kuva muri […]

Guinea: Perezida Doumbouya yasheshe Guverinoma

Perezida wa Guinea, Mamady Doumbouya yasheshe guverinoma avuga ko aza gushyiraho indi nshyashya nkuko byatangajwe n’umunyamabanga mukuru muri perezidansi y’icyo gihugu. Iki gihugu kimaze igihe gitegetswe n’abasirikare bahiritse ubutegetsi bwari busanzweho kuva mu kwezi kwa cyenda 2021. Umuryango w’ubukungu wo mu karere k’Afurika y’uburengerazuba (CEDEAO), umaze igihe wotsa igitutu ubu butegetsi bwa gisirikare usaba ko […]

Huye: Munyenyezi yabwiye urukiko ko atari kwiga muri Kaminuza nta mpamyabumenyi y’amashuri yisumbuye

Beatrice Munyenyezi ushinjwa ibyaha bya jenoside yabwiye urukiko rwisumbuye rwa Huye ko abatanze ubuhamya bumushinja bavuze ibinyoma kandi ko ubuhamya bwabo bwaranzwe no kwivuguruza. Mu rubanza bamwe mu batangabuhamya bavuze ko Beatrice Munyenyezi yigaga muri Kaminuza y’u Rwanda i Butare, ngo agatoranya abakobwa b’Abatutsi akabaha abasirikare ngo babasambanye. Yavuze ko jenoside yabaye yiga mu ishuri […]

Umutwe wa RSF urashinjwa gufatanya na Wagner mu gusahura zahabu ya Sudani

Mu ntambara ikomeje yo kugenzura Sudani, ingabo za Rapid Support Forces (RSF) ngo zishingiye cyane kuri zahabu isohorwa mu gihugu magendu ndetse n’umubano wa hafi wazo n’ikigo cyo mu Burusiya cya Wagner Group, ubu kizwi ku izina rya Africa Corps, nk’uko isesengura ry’Umuryango w’Abibumbye ryabigaragaje. Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zanditse ziti: “Imiyoboro ikomeye yashyizweho na RSF […]

Goma: Abigaragambya bongeye gutwika ibendera rya Amerika

ggrpmvfxoaagwyc.jpg

Ibendera rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryatwitse muri iki gitondo n’abasore bigaragambya mu Mujyi wa Goma nyuma y’ibyo bita «  uburyarya bwabo mu kibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa DRC  ». Irindi bendera rya Amerika ndetse n’iry’u Bubiligi yaherukaga gutwika mu myigaragambyo y’i Kinshasa. Muri iki gitondo cyo kuwa Mbere, uru rubyiruko rwigabije imihanda mu […]

Bukavu: Batangiye kubura ibiribwa nyuma y’ifungwa ry’umuhanda uhuza Kivu zombi

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, abaturage ba Kivu y’Amajyepfo batangiye guhura n’ikibazo cyo kubura ibiribwa nyuma y’uko intambara hagati ya FARDC na M23 ikomeje gufata intera mu ntara bituranye ya Kivu y’Amajyaruguru isanzwe igaburira Umujyi wa Bukavu ku biribwa none intambara yahagaritse urujya n’uruza ku muhanda wa Goma-Bukavu kandi kuba hari inyeshyamba mu turere […]

Indege zitwaye abasaba ubuhungiro zizajya mu Rwanda mbere y’amatora ataha – Min. Tomlinson

Minisitiri ushinzwe kurwanya kwinjira mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko mu Bwongereza, Michael Tomlinson, yatangaje ko ashobora kwemeza ko indege zitwara abasaba ubuhungiro zizahaguruka zijya mu Rwanda mbere y’amatora ataha ubwo yarengeraga gahunda ya guverinoma yo “guhagarika amato”. Rishi Sunak yanze inshuro nyinshi kujya kure, avuga ko intego ye ari ukubona indege mu kirere. Minisitiri […]

Meteo Rwanda yateguje umuyaga ukabije mu turere umunani

Ikigo gishinzwe iteganyagihe mu Rwanda cyatanze umuburo w’uko uturere umunani dushobora guhura n’umuyaga ukaze mu minsi itatu iri imbere. Nk’uko iki kigo kibitangaza, ngo biteganijwe ko umuvuduko w’umuyaga uri hagati ya metero umunani na 12 ku isegonda utegerejwe mu bice byinshi bya Musanze, Burera, Gisagara, Huye, Nyanza, ibice bya Muhanga, mu majyaruguru y’iburengerazuba bwa Kamonyi, […]

Senegal: Abashyigikiye Bassirou Diomaye Faye barasaba ko arekurwa bwangu

Abashyigikiye umunyapolitike Bassirou Diomaye Faye, umukandida wiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu muri Senegal, barasaba ko yarekurwa vuba na bwangu. Baravuga ko babishingiye ku buringanire ku biyamamariza uwo mwanya bugenwa n’itegeko nshinga ry’icyo gihugu. Itangazo ryasohowe n’ibiro bishinzwe kumwamamaza ryavuze ko abakandida bose bagengwa n’ihame rigenwa n’itegeko nshinga ko bagomba gufatwa kimwe, bityo rubanda ikaba isabye ko […]

Vital Kamerhe arifuza ko RDC ikoresha uburenganzira bwayo mu guhangana n’u Rwanda

Vital Kamerhe, Umuyobozi w’ishyaka UNC, yavuze ku kibazo cy’umutekano uhangayikishije mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, cyane cyane mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Binyuze mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara n’umuyobozi w’itumanaho, Michel Moto Muhima, Vital Kamerhe, umwe mu bagize ubuyobozi bw’ihuriro riri ku butegetsi, Union Sacre, yashyigikiye Perezida FĂ©lix Tshisekedi avuga ko […]

Tshisekedi, Ramaphosa na Neva baganiriye ku guhangana na M23

ggmw3r1wsaaqwgp.jpg

Kuri iki Cyumweru mu gitondo, Perezida FĂ©lix Tshisekedi na bagenzi be Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo na Jenerali Ndayishimiye w’u Burundi bakoze inama y’ibihugu bitatu i Addis Abeba, muri Ethiopia ku bijyanye no kohereza ingabo za SADC (SAMIDRC) mu burasirazuba bwa DRC. Kuri iyi ngingo, Abakuru b’ibihugu bitatu baganiriye ku guhuza ibikorwa neza ku butaka […]

Zerensky yasabye Trump kugenda bakajyana ku rugamba akamwereka intambara nyayo

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yasabye byihutirwa izindi ntwaro nyinshi kugira ngo hirindwe ikibazo gikomeye gishobora kuvuka mu Burayi. Zelensky yabwiye inama mpuzamahanga mu Budage ko “icyuho cy’intwaro” kizafasha u Burusiya gusa nkuko tubikesha BBC. Ingabo za Ukraine zabuze amasasu kubera ko inkunga ikomeye ya Amerika yagiye yitambiikwa n’abashyigikiye uwahoze ari perezida Donald Trump mu […]

Tanzania: Inkambi ya Nduta igiye gufungwa nyuma yo gusaba gucyura ku ngufu impunzi z’Abarundi

Abategetsi ba Tanzaniya batangarije UNHCR n’imiryango itegamiye kuri Leta bifatanya ko inkambi ya Nduta igomba gufungwa bitarenze mu Kwakira uyu mwaka. Impunzi zo ziritotomba zivuga “ihohoterwa ry’uburenganzira bwacu”. Barasaba kurindwa na Loni. Hakurikije ingengabihe ya minisiteri ishinzwe ibibazo by’imbere muri Tanzaniya SOS MĂ©dias Burundi yabonye, amashuri, amatorero n’ibikorwa remezo by’ubuzima byose bigomba gufungwa mu kwezi […]

Abafana ba ‘Tour du Rwanda’ basabwe kwirinda icyabangamira imigendekere myiza yayo

Polisi y’u Rwanda irasaba abaturarwanda kwirinda ikintu cyose cyabera imbogamizi isiganwa Mpuzamahanga ry’amagare ‘Tour du Rwanda’ rizatangira ku nshuro yaryo ya 16, kuri iki cyumweru, tariki 18 Gashyantare 2024. Ni irushanwa biteganyijwe ko rizarangira ku itariki ya 25 Gashyantare, nyuma yo kuzenguruka ahareshya n’ibilometero 740 mu gihugu hose. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant of […]

U Rwanda ntiruzigera ruzuyaza cyangwa rusaba imbabazi ku bwo kurinda abaturage barwo – Kagame

Mu nama yigaga ku bibazo byo muri Repulika ya Demokarasi ya Congo, Perezida Kagame yatanze ubutumwa busobanutse ashimangira ko ntawe azasaba uruhushya rwo kurinda u Rwanda kandi yongera kwamagana ubufatanye bwa FDLR na FARDC. Minisitiri ushinzwe itumanaho muri Perezidansi, Stephanie Nyombayire abinyujije kuri X, yatangaje ko muri iyi nama yabereye I Addis Abeba ahaberaga n’inama […]

Amerika yasabye u Rwanda kuvana misile zo guhanura indege rushinjwa kohereza muri RDC

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zavuze ko zidashyikiye ubufasha u Rwanda rushinjwa guha umutwe wa M23 ndetse zisaba ko ruvana muri Congo abasirikare barwo bose na za misile zo guhanura indege “aka kanya” mu gihe u Rwanda rwakomeje guhakana gufasha M23. Mu itangazo ryo kuwa Gatandatu, Amerika ivuga ko yamaganye bikomeye kuba umutekano mucye urimo […]

Hafashwe abantu 70 bacyekwaho kwiba amatungo

Mu mezi atatu ashize abantu bagera kuri 70 bafatiwe mu bikorwa bya Polisi y’u Rwanda mu bice bitandukanye by’igihugu byo kurwanya ubujura bw’amatungo. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga, yavuze ko abafashwe ari abiba amatungo maremare n’amagufi bakanayabaga, abikorezi bayageza aho agurishirizwa, abayagura, abafite amaduka acuruza inyama (boucheries), utubari, […]

U Burusiya: Umunyapolitiki Navalny utacanaga uwaka na Putin apfiriye muri gereza

Abayobozi ba gereza yo mu karere ka Yamal-Nenets bavuze ko umugabo utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burusiya, Alexei Navalny, yapfiriye muri iyi gereza kuri uyu wa Gatanu. Serivisi ishinzwe amagereza yavuze ko Navalny yumvise amerewe nabi arimo kugenda arambura amaguru kuri uyu wa Gatanu maze atakaza ubwenge yitura hasi. Nubwo imbagukiragutabara yahageze kandi hagakorwa ibishoboka byose […]

Intara y’Amajyepfo: Uwari ushinzwe imiyoborere yajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Uwari Umuyobozi ushinzwe Imiyoborere Myiza mu Ntara y’Amajyepfo yamaze kujuririra icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye rwemeje ko akomeza gufungwa by’agateganyo ku cyaha cyo gutanga indonke akurikiranyweho. Mu iburana ry’uru rubanza ku cyemezo cyasomwe ku wa 09 Gashyantare 2024, Ubushinjacyaha bwagaragarije Urukiko ko Kabera Vedaste yatanze indonke ku wundi muntu kugira ngo adakora ikiri mu nshingano […]

M23 irarwanira ibintu bibiri — Alain Mukuralinda

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, aravuga ko M23 irwanira ibintu bibiri birimo gupfa no gukira , bitandukanye n’izindi ngabo zirimo n’iz’abanyamahanga zikomeje gufasha FARDC , avuga ko zitazi icyo zagiye gukora nk’uko yabitangaje mu kiganiro cyihariye aherutse guha Bwiza TV na Bwiza.com. Uyu munsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo hari ingabo […]

Nyagatare: Bahangayikishijwe n’ibitera bikomeje kwigabiza umujyi ari na ko byangiza

41008.webp

Abaturage bo mu mujyi wa Nyagatare bagenda barushaho guhangayikishwa no kwiyongera kw’ibitera bikomeje kugaragara muri kariya gace. Izi nyamaswa, nk’uko abaturage baho babivuga, biteza umutekano mucye binyuze mu kwangiza ibintu, mu gutera amaduka no kwangiza imyaka, mu gihe ibisenge byo mu mujyi byabaye ahantu biruhukira, bigatuma byangiza amasakaro. Sipiriyani Ntambara, umumotari utuye mu Murenge wa […]

Amerika igiye kubaka ibirindiro 5 bya gisirikare muri Somalia

Kuri uyu wa Kane, itariki 15 Gashyantare 2024, Amerika na Somalia byashyize umukono ku masezerano y’ubwumvikane (MoU) mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’imikorere y’ingabo za Somalia. Aya masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’ingabo muri Somalia, Abdulkadir Mohamed Nur hamwe n’abashinzwe umutekano muri Amerika i Mogadishu. Abayobozi bakuru baturutse impande zombi, barimo Perezida wa Somalia, Hassan […]

Umuyobozi w’urwego rw’igihugu rw’ubutasi (ANR) i Goma yatawe muri yombi azira M23

gguhwmfxgaablt1.jpg

Umuyobozi w’Urwego rw’igihugu rw’ubutasi bwa RD Congo (ANR) muri Goma n’abamwungirije babiri bafatiwe i Goma boherezwa i Kinshasa kuva ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 13 Gashyantare 2024, ku mabwiriza ya Gen. Christian Ndaywel, umuyobozi w’ubutasi bwa gisirikare (Demiap), i Kintambo, ari naho bafungiwe. Nk’uko amakuru agera kuri Scooprdc.net dukesha iyi nkuru abitangaza, […]

Albanese agiye kuba Minisitiri w’Intebe wa mbere muri Australia ugiye gushaka ari mu kazi

0abdff7cc0b3a26cc4a31b20a47c4efc.jpg

Minisitiri w’intebe wa Australia, Anthony Albanese yatangaje ko agiye kurushinga n’umukunzi we, Jodie Haydon. Minisitiri w’intebe yashyize ku mbuga nkoranyambaga ifoto yabo iherekejwe n’amagambo agira ati: “Yavuze ngo yego”. Ni we Minisitiri w’Intebe wa mbere ugiye gushaka ari mu kazi. Kuri uyu wa Kane, itariki 14 Gashyantare, nibwo Minisitiri w’Intebe wa Australia, Anthony Albanese yatangaje […]

U Rwanda ruravugwaho kwibikaho intwaro zihambaye mu kurwanya ibitero bya drones

auds-with-drone.jpg

U Rwanda rwiyongereye ku bihugu bya Afurika bivugwa ko biheruka kwibikaho intwaro zo guhangana na drones za SKYctrl na FIELDctrl zakozwe na sosiyete yo muri Pologne, Advanced Protection Systems (APS). Ni intwaro zakorewe gutahura, gukurikirana no gusenya indege zitagira abapilote (UAVs) zibangamiye umutekano n’ubusugire by’igihugu. SKYctrl ni sisitemu ihuza radar za 3D, gufata amashusho n’amajwi […]

Bwa mbere amabuye y’agaciro yinjirije u Rwanda asaga miliyari y’amadolari mu mwaka umwe

Ikigo gishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro cyatangaje ko amafaranga yinjiye avuye mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro yoherejwe mu mahanga mu 2023 yiyongereye agera kuri miliyari isaga 1.1 z’amadolari, avuye kuri miliyoni 772 z’amadolari yinjijwe mu 2022, bivuze ko yazamutseho 43%. Iyi ni intambwe yegereje kugera ku ntego ya guverinoma yo kwinjiza miliyari 1.5 z’amadolari buri mwaka avuye […]

U Buholandi bwasabye abanyagihugu babwo bari i Goma kuhava

Kuri uyu wa gatatu, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Buholandi yahamagariye abenegihugu b’u Buholandi bose bari i Goma, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kuva muri uyu mujyi, mu gihe ku ruhande rw’u Bubiligi, bukomeje “gutanga inama zikomeye zo kwirinda” ingendo muri aka karere. Mu ijoro kuva ku wa Kabiri kugeza kuri uyu wa […]

Ruracyageretse hagati y’umunyenganda Mironko n’abanyamigabane ba SIRWA Ltd

Umunyenganda Mironko Francois Xavier yategetswe n’Urukiko rw’Ikirenga kugaragaza ibitabo by’ibarurishamari bya Sosiyete y’uruganda rw’amarangi SIRWA Ltd byo mu gihe cy’imyaka 28, mu rwego rwo gushaka gukora igenagaciro rihamye kugira ngo hasuzumwe ikirego cy’abanyamigabane b’urwo ruganda. Ni mu rubanza Mironko aregwamo n’abanyamigabane, Thadee Bagaragaza, abazungura ba Juvenal Bihira ndetse n’abazungura ba Pierre Claver Iyamuremye. Bavuga ko […]

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko biteye ikibazo kuba SADC na MONUSCO bikorana na FDLR

08553277-354c-476b-ae72-a58eb42a5e39.jpg

Kuba ingabo z’ibihugu bitandukanye zaragiranye amasezerano y’ubufatanye na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nta kibazo biteye ku Rwanda, ariko ku rundi ruhande kuba bakorana n’umutwe ufite intego yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, wanabigerageje, wanabikoze, unabigambiriye, byo biteye ikibazo. Ati “Ntekereza y’uko ndanahamya y’uko ari nacyo kibazo Guverinoma y’u Rwanda yakomeje kuvuga ko kigomba gukemuka,” Ibi […]

USA: Umupolisi wo muri Kenya yasanzwe mu cyumba cye cya hotel yapfuye

Abayobozi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika barimo gukora iperereza ku kibazo cy’umupolisi mukuru wo muri Kenya basanze yapfiriye mu cyumba cya hotel i Washington DC. Kuri uyu wa Kabiri, itariki 13 Gashyantare mu gitondo, nibwo umurambo wa Komiseri wa Polisi (CP) Walter Nyamato Nyankieya, wabonetse mu cyumba cye cya hotel. Yari mu itsinda ry’abapolisi […]

Depite Habineza yagaragaje impungenge nyuma y’impinduka ku biciro by’ingendo

Depite Frank Habineza, akaba na Perezida w’Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda, yagaragaje ko benshi mu baturage batiteguye kubona ibiciro by’ingendo byiyongera na cyane ko nubwo imibare igaragaza ko ubukungu bw’igihugu buzamuka mu mifuka y’abaturage bitaragenda neza. Yabitangarije mu Nteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Kabiri, itariki 13 Gashyantare 2024, aho Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard […]

Ba mudahusha bamereye nabi abantu bahungiye mu Bitaro bya Nasser muri Gaza

Abantu batatu bahungiye mu Bitaro bya Nasser, ari nabyo binini muri Gaza barashwe na ba mudahusha (snipers) baricwa abandi 10 barakomereka nyuma y’uko Ingabo za Israel zikwirakwije taragiti (inyandiko zitariho umukono) zitegeka guhunga amagana y’abantu bari muri iri vuriro. Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres, yamaganye igitero cy’indege zitagira abapilote za Israel ku banyamakuru babiri […]

Amafoto: Minisitiri w’Ingabo yakiriye abarimo minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Portugal

ggoanx3xyaaxwdx.jpg

Minisitiri w’ingabo, Juvenal Marizamunda ndetse n’Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) Gen. MK Mubarakh bakiriye Minisitiri w’ubukungu n’imari wa Burkina Faso, Hon Aboubacar Nacanabo wari uherekejwe na Col Diaouri Ismael, Umuyobozi mukuru mu biro bya Perezida. Baganiriye ku buryo bwo gushimangira ubufatanye buriho nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ingabo kuri X. Kuri uyu wa Kabiri kandi, […]

USA yasabye Macky Sall gusubizaho ingengabihe y’amatora ikomeje guteza imyigaragambyo

Kuri uyu wa Kabiri, Umunyamabanga wa Leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Antony Blinken, yasabye Perezida wa Senegal, Macky Sall, gusubizaho ingengabihe y’amatora n’igihe cyagenwe cyo guhererekanya ubutegetsi, nk’uko Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Amerika yabitangaje nyuma yo kuvugana kuri telephone hagati y’abayobozi bombi. Ubwo yamuhamagaraga, Blinken yagaragaje “impungenge zikomeye” ku bijyanye […]

Muhanga: Umwana w’amezi 8 yishwe n’inkongi y’umuriro

Umwana w’amezi 8 witwa Munezero Bruno yahiriye mu nzu kugeza apfuye mu Mudugudu wa Karama, Akagari ka Ruli, Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga, nyuma y’uko ababyeyi be bamusize aryamye bagiye mu kazi. Umuyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shyogwe Niyonzima Gustave, yemeje aya makuru avuga ko iyi nzu yahiriyemo uwo mwana ariko hakaba hataramenyekana icyayitwitse. […]

Alison Thorpe wagizwe ambasaderi mushya w’u Bwongereza azatangira imirimo ye muri Nzeri

Madamu Alison Thorpe yagizwe Ambasaderi mushya w’u Bwongereza mu Rwanda asimbuye Omar Daair OBE, uzimurirwa mu yindi ambasade. Thorpe azatangira imirimo ye muri Nzeri 2024 nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’u Bwongereza. Muri Mutarama 2021, nibwo Omar Daair yagizwe Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda na Ambasaderi udatuye mu Burundi muri Mutarama 2021, atangira imirimo muri Nyakanga […]

Izindi ntwaro ziremereye zitwikiriwe n’amahema ku mupaka w’u Burundi n’u Rwanda

Nyuma y’uko Abasirikare benshi b’u Burundi n’Imbonerakure (urubyiruko rwa CNDD-FDD) barunzwe ku bwinshi ku mupaka n’u Rwanda kuva hafashwe icyemezo cyo gufunga imipaka n’u Rwanda, ubu biravugwa ko muri Komini ya Busoni, mu ntara ya Kirundo, hafi n’umupaka n’u Rwanda hashyizweho amasaha ntarengwa yo gutaha (couvre-feu), aho abaturage bavuga ko batewe ubwoba n’urujya n’uruza rudasanzwe […]

Byinshi ku bakomando ba Somalia bazwi nka Gorgor bahangayikisha Al Shabaab – Amafoto

thumbnail.jpg

Perezida wa Somalia, Hassan Sheikh Mohamud asanga abakomando kabuhariwe ba Gorgor bakunze kwita “Eagles” cyangwa za “Kagoma”, baragize uruhare rukomeye mu guhashya Al Shabaab ndetse agashimangira ko adashidikanya ko ari ingirakamaro ku gihugu. Igisirikare cya Turkiya cyatangiye gutanga imyitozo y’abakomando n’ingabo zo kurwanya iterabwoba ku basirikare 150 b’ingabo z’igihugu cya Somalia mu 2020 binyuze mu […]

Uruganda rwa mbere rutunganya amata y’ifu mu Rwanda ruzatangira gukora muri Werurwe – RAB

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhnzi n’Ubworozi, (RAB), cyatangaje ko mu Rwanda hari inganda zirindwi zitunganya amata ndetse n’abandi bantu 45 batunganya amata bagakoramo ikivuguto, Fromage n’ibindi. Umuyobozi Mukuru Wungirije wa RAB, Dr Solange Uwituze yavuze ko izi nganda zigiye kwiyongeraho urundi runini ruzajya rutunganyiriza amata y’ifu i Nyagatare ruzatangira muri Werurwe, mu gihe byari biteganyijwe […]

Mu Rwanda hagiye gushingwa ikigo gitanga amasomo yo kubungabunga amahoro

3-18.jpg

Kuri uyu wa Mbere, Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) n’ikigo cy’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe amahugurwa n’ubushakashatsi (UNITAR) bakoze inama yo gushyiraho ikigo cy’indashyikirwa cy’amasomo yo kubungabunga amahoro. Iyi nama yari iyobowe n’Umugaba Mukuru w’ingabo, Gen. MK Mubarakh. Mu ijambo rye, Gen MK Mubarakh yavuze ko u Rwanda ruri mu bikorwa byo kubungabunga amahoro kuva mu 2004, ariko […]

Kinshasa: Amabendera ya Amerika n’u Bubiligi yatwitswe n’abigaragambya bariye karungu

Kuri uyu wa Mbere, itariki 12 Gashyantare, Abapolisi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo barashe ibyuka biryani mu maso mu gutatanya abigaragambyaga batwitse amapine n’amabendera ya Amerika n’u Bubiligi hafi y’ahari icyicaro cya za ambasade zitandukanye z’ibihugu by’iburengerazuba n’ibiro by’Umuryango w’Abibumbye mu murwa mukuru Kinshasa. Abigaragambyaga bavuga ko barakajwe n’umutekano muke uri mu burasirazuba bwa […]

Abifuza kwinjira muri RDF ku rwego rwa ofisiye batangiye kwiyandikisha

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwamenyesheje Abanyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rwa Ofisiye ko kwiyandikisha ku Turere no ku Mirenge bitangira kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 13 Gashyantare kugeza ku ya 11 Werurwe 2024 . Abahamagawe ni abo ku rwego rwa Ofisiye baziga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare i Gako […]

Somalia: Abasirikare 3 ba UAE n’uwa Bahrain biciwe mu kigo cy’imyitozo ya gisirikare

Minisiteri y’ingabo ya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu yatangaje ko ku wa Gatandatu, abasirikare batatu b’iki gihugu n’umusirikare wa Bahrein baguye mu gitero cyagabwe mu kigo cya gisirikare muri Somalia ubwo bari mu butumwa bwo gutoza ingabo za Somalia. Minisiteri yanditse ku rubuga nkoranyambaga X, rwahoze ari Twitter, ko “abasirikare bagabweho igitero cy’iterabwoba bari mu nshingano […]

Le Rwanda émet une alerte à la maladie des yeux rouges

Le ministĂšre rwandais de la SantĂ© a exhortĂ© dimanche le public Ă  prendre des mesures de prĂ©caution, notamment en se lavant rĂ©guliĂšrement les mains, afin de prĂ©venir la propagation de la maladie des yeux rouges hautement contagieuse suite Ă  une Ă©pidĂ©mie dans certains pays de la rĂ©gion. Le ministĂšre a dĂ©clarĂ© que la maladie se […]

Israel iravuga ko yabohoje imbohe 2 mu bitero yatangije mu Mujyi wa Rafah

Israel iravuga ko abagabo babiri b’Abanya-Israel bari bafashwe bugwate batabawe muri Rafah, nyuma y’uko itangije ibitero by’indege kuri uyu mujyi wo mu majyepfo ya Gaza. Igisirikare cya Israel kivuga ko Fernando Simon Marman w’imyaka 60 na Louis Har w’imyaka 70, bameze neza ubu. Israel ivuga ko hifashishijwe igisirikare cyo mu kirere n’uruhurirane rw’ibitero mu gitero […]

Inyeshyamba z’Aba-Houthi zagabye igitero ku bwato bw’ubwikorezi mu Nyanja Itukura

Inyeshyamba z’Aba-Houthi zo muri Yemen zishyigikiwe na Iran zavuze ko kuri uyu wa Mbere zagabye igitero ku bwato butwara imizigo mu Nyanja Itukura, iki kikaba ari cyo gitero giheruka kuva intambara yatangira hagati ya Israel na Hamas muri Gaza. Aba-Houthi bagaragaje ko ubwato bwitwa Star Iris. Umuvugizi w’igisirikare cy’uwo mutwe, Yahya Saree, yatangaje kuri televiziyo […]

Kinshasa: Ambasade ya Amerika yahawe uburinzi buhambaye mu gihe imyigaragambyo ikomeje

ggh0ho7xgaabpf-.jpg

Kuri uyu wa Mbere, abapolisi benshi bashyizwe imbere ya Ambasade ya Leta zunze ubumwe z’Amerika kugira ngo bitambike abigaragambya imbere y’iyi ambasade. Imiryango myinshi itegamiye kuri leta yasabye ko habaho imyigaragambyo yamagana guceceka n’ubufatanyacyaha kw’ibihugu bimwe na bimwe by’iburengerazuba mu bwicanyi ivuga ko bukorerwa Abanyekongo mu burasirazuba bw’igihugu bukorwa na M23. Ku yindi nshuro, iki […]

Abanyarwanda bagiriwe inama yo kwirinda indwara y’amaso yandura cyane

ggczu5nwqaaehl9_1_.jpg

Kuri iki Cyumweru, Minisiteri y’ubuzima y’u Rwanda yasabye abaturage gufata ingamba zo kwirinda, harimo no gukaraba intoki buri gihe, indwara y’amaso atukura yandura cyane nyuma yo kwaduka mu bihugu bimwe na bimwe byo mu karere. Minisiteri yavuze ko iyi ndwara ikwirakwizwa no gukora mu maso y’abantu banduye cyangwa ahantu handuye. Mu nama zigirwa ku baturage […]

Minisitiri w’ingabo wa Amerika, Lloyd Austin, yasubiye mu bitaro

Minisitiri w’ingabo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, Lloyd Austin, yahaye inshingano umwungirije mu gihe yasubiye mu bitaro kubera “ikibazo cy’uruhago”, nk’uko Pentagon yabitangaje. Austin, ufite imyaka 70, ari mu gice cyita ku barwayi barembye mu kigo cy’ubuvuzi cya gisirikare cya Walter Reed muri Virginie. Abayobozi bavuze ko kugeza ubu bitaramenyekana igihe azamara mu bitaro […]

Umunyakenya wari numero ya 1 ku Isi muri Marathon yapfanye n’umutoza we w’umunyarwanda

Umunyakenya wari numero ya mbere muri marathon mu bagabo ku Isi, Kelvin Kiptum w’imyaka 24, yapfuye azize impanuka yo mu muhanda yakoreye mu gihugu cye, apfana n’umutoza we, Umunyarwanda Gervais Hakizimana. Iyi mpanuka y’imodoka yabaye kuri iki Cyumweru, itariki 11 Gashyantare, ubwo Kiptum n’umutoza we, Hakizima, berekezaga mu burengerazuba bwa Kenya. Hari Ku Cyumweru, impanuka […]

Senegal: Batatu bamaze guhitanwa n’imvururu zishingiye ku matora

Abantu batatu bamaze kugwa mu myigaragambyo yatewe no kwigiza inyuma igihe cy’amatora kuzageza mu kwa cumi n’abiri mu gihugu cya Senegal. Hakomeje kandi impungenge muri iki gihugu kiri mu byari bisigaranye demokarasi muri Afurika y’uburengerazuba isigaye yarokamwe n’ihirikwa ry’ubutegetsi. Gusubika amatora hasigaye ibyumweru bitatu ngo amatora yari ategerejwe kuwa 25 Gashyantare abe kwatumye havuka imvururu […]

Tanzania: Abari bahanganye na Magufuli mu matora ya 2015 bakomeje gupfa umwe ku wundi

image-2023-10-31t134034_612.jpg

Mu 2015, muri Tanzania habaye amatora rusange yabanjirijwe n’ibikorwa byo kwiyamamaza kuwa 22 Kanama, byarangiye umunsi umwe mbere y’amatora yo kuwa 25 Ukwakira, ariko abahatanye muri ayo matora baragenda bapfa umwe ku wundi, aho uheruka ari Edward Lowassa wapfuye kuri uyu wa Gatandatu, itariki 10 Gashyantare 2024. Aya matora yo mu 2015 muri Tanzania ni […]

U Rwanda rwejeje toni ibihumbi 600 z’ibigori mu gihembwe cy’ihinga cya 2024 A

ggc7jjrwyaa5_w-.jpg

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi , Dr Musafiri Ildephonse yatangaje ko muri iki gihembwe cy’ihinga cya 2024 A, u Rwanda rwejeje ibigori bigera kuri toni ibihumbi 600 kandi iyo imvura itagwa zari kurenga. Dr Musafiri yagize ati “Ibi bigori twari twejeje bigera kuri toni ibihumbi 600, ubwo kandi byegereye ibyo turya mu mwaka wose, iyo tutagira ikibazo […]

M23 yafashe Katsiru mu gihe Aba-Wazalendo bigamba gufata Ruhunda

Mu gihe imirwano ikomeje i Kibumba, muri Teritwari ya Nyiragongo, inyeshyamba za M23 zigaruriye agace gashya kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 10 Gashyantare, bityo amakimbirane arakomeza mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko amakuru aturuka i Rutshuru abitangaza, nyuma y’imirwano ikaze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, agace ka Katsiru gatuwe n’abaturage bagera ku […]