Valens Nkurunziza wabaye visi perezida wâurukiko rwâubucuruzi yagizwe Umugenzuzi Mukuru wâInkiko

Inama Nkuru yâUbucamanza kuri uyu wa Gatatu, yagize Valens Nkurunziza Umugenzuzi Mukuru wâInkiko mu Rwanda, aho yasimbuye kuri uwo mwanya AngĂ©line Rutazana wabaye umucamanza mu Rukiko rw’Ubujurire. Inama idasanzwe yâInama Nkuru yâUbucamanza yo kuri uyu wa 24 Mutarama 2024, yari iyobowe na Perezida wâUrukiko rwâIkirenga akaba na Perezida wâInama Nkuru yâUbucamanza, Dr Faustin Nteziryayo, ni […]
Byinshi ku cyaha cy’icuruzwa ry’abantu n’uburyo bwo kukirinda
Ishami ryâUmuryango wâAbibumbye rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge nâibindi byaha (UNODC) rivuga ko icuruzwa ryâabantu rifatwa nkâuburyo bugezweho bwâubucakara ndetse no gushakira inyungu ku bandi. Ubushakashatsi bwâUmuryango Mpuzamahanga wâumurimo (ILO) bwo muri 2017, bwagaragaje ko iki cyaha cyagize ingaruka mu buryo butandukanye ku bagore, abagabo nâabana bangana na miliyoni 24.9 ku isi hose. Itegeko nimero 51/2018 ryo […]
FARDC nâabambari ba yo bahuye nâuruva gusenya i Mweso, Col Kaceri wa FDLR arahagwa

Ingabo za FARDC byavugwaga ko kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 24 Mutarama, zafashe Umujyi wa Mwesso, zakubiswe inshuro nâinyeshyamba za M23 zihunga zerekeza i Bukama, umudugudu uherereye mu birometero 2 uvuye muri uyu mujyi, muri Teritwari ya Masisi ya Kivu yâAmajyaruguru, aho amakuru agera kuri Bwiza avuga ko hari umukoloneli wa FDLR witwa Kaceri […]
Nyamasheke: Umunyeshuri yiciwe mu mpanuka bagenzi be barakomereka
Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 24 Mutarama, ahagana saa moya nâigice zâigitondo abanyeshuri 4 bâabakobwa bajyaga ku ishuri muri GS Muramba mu Murenge wa Macuba, Akarere ka Nyamasheke, bagonzwe nâimodoka yo mu bwoko bwa Pick up yari ifite pulake RAA 179 D, itwawe na Gashugi Elischam, umwe ahita yitaba Imana, 3 barakomereka. Bose uko […]
Ghana: Batandatu bakatiwe igihano cyâurupfu nyuma yo gushaka guhirika ubutegetsi
Abantu batandatu bakatiwe igihano cyâurupfu nyuma yo kubahamya umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi muri Ghana mu 2021. Kuri uyu wa Gatatu, itariki 24 Mutarama, Abanya-Ghana batandatu, barimo n’abasirikare batatu, bahamwe n’icyaha bakatirwa urwo gupfa bamanitswe kubera uruhare bagize mu mugambi mubisha uvugwa mu myaka itatu ishize wo kugerageza guhirika leta y’igihugu. Aba bagabo batawe muri […]
NATO igiye gutangira imyitozo ya gisirikare itari yakora kuva Intambara y’Ubutita yarangira
Mu cyumweru gitaha NATO izatangira imyitozo minini itari yakora kuva Intambara y’Ubutita yarangira izitabirwa nâingabo 90.000 nkko byatangajwe na komanda mukuru wâingabo zayo Gen. Chris Cavoli. Ihuriro ryavuze kandi ko imyitozo izaba irimo amato arenga 50, kuva ku yatwara indege kugeza ku yarwana; indege zâindwanyi zirenga 80, kajugujugu na drones; byibura imodoka 1100 zâintambara, zirimo […]
Rubavu: Yafatanwe magendu ingana nâamabaro 63 yâimyenda ya caguwa
Polisi yâu Rwanda irashimira abaturage bakomeje kugira uruhare mu kurwanya ibyaha, batanga amakuru atuma bimwe bikumirwa bitaraba, ibindi bigakurikiranwa mu maguru mashya; ababigizemo uruhare bagafatwa bagashyikirizwa ubutabera. Umuvugizi wa Polisi yâu Rwanda mu Ntara yâIburengerazuba, Superintendent of Police (SP), Bonaventure Twizere Karekezi, yabigarutseho nyuma yâuko mu murenge wa Mudende wo mu Karere ka Rubavu, ibikorwa […]
U Burusiya burashinja Ukraine guhanura indege yari itwaye imbohe z’intambara
Minisiteri yâingabo yâu Burusiya iravuga ko indege ya gisirikare yari irimo imbohe zâabasirikare ba Ukraine yaguye Belgorod, hafi yâumupaka wa Ukraine, abari barimo bose bakahasiga ubuzima. Minisiteri iragira iti: “Mu ndege hari harimo abasirikare ba Ukraine 65 bafatiwe ku rugamba bajyanwaga mu rwego rwo kugurana imbohe, abakozi batandatu bo mu ndege ndetse n’ababaherekeje batatu”. Guverineri […]
Kajugujugu 10 za mbere zo kugaba ibitero zikoreshwa muri Afurika

Afurika ni umugabane uhura nâibibazo byinshi byâumutekano, nkâintambara hagati y’abaturage, inyeshyamba, iterabwoba, ubujura, nâamakimbirane ku mipaka. Ibihugu byinshi bya Afurika bishora imari mu gushaka no kuvugurura za kajugujugu zo kugaba ibitero, kugira ngo byongere ingufu zo mu kirere ndetse nâubushobozi bwo kurwana. Zimwe muri kajugujugu z’ibitero zikoreshwa n’ingabo zirwanira mu kirere nyafurika zitumizwa mu mahanga […]
Burundi: Haravugwa ivangura mu itangwa ryâibikoresho byâakazi mu gipolisi
Bamwe mu bapolisi mu Gipolisi cyâu Burundi (PNB) barakaye nyuma yâivangura ryagaragaye mu itangwa ryâibikoresho byâakazi. Biravugwa ko imyambaro, inkweto na beret byahawe bamwe mu gihe abandi bamaze imyaka itatu batabona igikoresho na kimwe. Amakuru agera kuri SOS Media Burundi yatanzwe nâabashinzwe kubahiriza amategeko, avuga ko Igipolisi cyâu Burundi kirimo gukwirakwiza ibikoresho byâakazi ku biro […]
Mu mpera z’uyu mwaka ikibazo cy’ibura ryâimbangukiragutabara kizaba cyarakemutse â Dr Nsanzimana
Minisitiri wâubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, aravuga ko u Rwanda rugiye kubona imbangukiragutabara 200 mu rwego rwo kongera ubushobozi bwo kugera aho zikenewe mu gihugu hose, mu gihe ashimangira ko mu mpera zâuyu mwaka ikibazo cyâibura ryazo kizaba cyakemutse. Dr Nsazimana yatangaje ibi, kuri uyu wa 23 Mutarama, mu Nama yâUmushyikirano ku nshuro ya 19, ihuriro […]
Ibigo bizajya bitegurirwamo abagiye kurangiza ibihano bizafasha iki ?
Hakozwe amavugurura mu mategeko agenga imibereho yâimfungwa mu magororero mu kugabanya ubucucike no gutegura abagiye kurangiza ibihano kwinjira mu muryango Nyarwanda nk’uko byatangajwe na Minisiteri yâUmutekano w’Imbere mu Gihugu. Aya mavugurura ateganya ko ugiye kurangiza igihano azajya ashyirwa mu bigo byabugenewe aho umuryango we uzajya umusura ndetse uwahawe igihano cyo gukora imirimo ifitiye igihugu akamaro […]
Donald Trump yongeye gutsinda Nikki Haley muri New Hampshire
Donald Trump yongeye gutsindira Nikki Haley mu matora yâibanze yo gushaka umukandida uzahagararira Abarepubulikani mu matora ya perezida muri Leta ya New Hampshire k majwi 54% kuri 44%, nyuma yo kumutsindira muri Iowa. Ni indi ntsinzi ikomeye ku wahoze ari perezida kandi imushyira ku mwanya wâimbere mu bahatanira kuzavamo umukandida perezida w’ishyaka mu matora yo […]
Rusizi: Umwarimu afunzwe nyuma yo gufatwa asambanya umwana wâimyaka 15
Mu Murenge wa Nkungu, Akarere ka Rusizi, Umwarimu wâimyaka 32 wigisha mu ishuri ribanza rya Mukenke ari mu maboko yâubuyobozi nyuma yo gufatirwa mu cyuho asambanyiriza umwana wâimyaka 15 mu ishyamba ryâumuturage riri muri uyu murenge. Umwe mu baturage bâ Umudugudu wa Rebero, Akagari ka Kiziguro, Umurege wa Nkungu, yabwiye Imvaho Nshyani ko ngo uyu […]
RDC: Hari aho inyeshyamba zabujije abaturage gukora no kurya isombe kuwa Kane
Sosiyete sivile muri Moba, mu Ntara ya Tanganyika, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, iramagana âingamba zidakunzweâ zo kubuza abaturage gukora no kurya isombe zafashwe n’inyeshyamba zivugwaho kuba mu ihuriro rya Wazalendo. Nkâuko iyi sosiyete sivile ivuga, aba barwanyi babujije abaturage bo muri Sheferi ya Kansabala gukora no kutarya isombe buri wa Kane. Nkâuko byatangajwe […]
Kampala: Abapolisi 4 bakurikiranweho kwiba kwa ambasaderi asaga miliyari 2
Polisi ya Uganda yashinje mu rukiko abantu 12 barimo abapolisi 4 bayo bakekwaho icyaha cy’ubujura bukabije bakoze kwa Ambasaderi Barbara Nekesa Oundo akaba nâumubitsi wâishyaka NRM, aho bibye asaga miliyari 2 z’amashilingi. Ambasaderi Barbara Nekesa Oundo ni Ambasaderi wa Uganda muri Afurika y’Epfo ufite icyicaro i Pretoria. Nubwo iperereza rigikomeje, Umuvugizi wa Polisi, Fred Enanga, […]
Uganda: Urukiko rwategetse gufata umunyemari Molly Katanga ushinjwa kwica umugabo we
Urukiko rwâibanze rwa Nakawa rwasohoye icyemezo cyo guta muri yombi Molly Katanga ukurikiranweho icyaha cyo kwica umugabo we, Henry Katanga, nyuma yo gusanga imbunda yakoreshejwe mu kumwica iriho ibikumwe bye. Icyemezo cyo kumuta muri yombi cyo kuwa 22 Mutarama kigira kiti â Mu gihe ushinjwa 1, Katanga Molly akurikiranweho icyaha cy’ubwicanyi binyuranyije n’ingingo ya 11 […]
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yakiriwe na mugenzi we wa Uganda

Minisitiri wâIntebe, Dr. Edouard Ngirente yahuye na mugenzi we wa Uganda, Madamu Robinah Nabbanja, bagirana ibiganiro byibanze ku gusangira ubunararibonye ku micungire myiza yâimijyi no kunoza urujya n’uruza rw’ibicuruzwa hagati yâibihugu byombi. Minisitiri wâintebe wâu Rwanda yari yahagarariye Perezida Paul Kagame mu nama iherutse gusozwa nâibihugu bidafite aho bibogamiye hamwe nâinama ya G77 nâu Bushinwa […]
Abasirikare ba Israel bahuye nâumunsi wahitanye benshi muri bo bwa mbere muri Gaza
Igisirikare cya Israel kiravuga ko kuri uyu wa Kabiri abasirikare ba yo 21 biciwe i Gaza, umunsi wahitanye abasirikare benshi ba Israel kuva ibikorwa byabo byo ku butaka byo kurwanya Hamas byatangira. Umuvugizi wâIgisirikare cya Israel (IDF), Daniel Hagari, yavuze ko bikekwa ko ari igisasu cya rokete cyakubise igifaru cyari hafi hafi yâinyubako ebyiri bari […]
Le Rwanda déplore les propos incendiaires du président burundais

Le gouvernement du Rwanda a qualifiĂ© de « incendiaires et anti-africains  » les propos tenus par le prĂ©sident burundais Evariste Ndayishimiye, qui a imputĂ© au Rwanda lâinsĂ©curitĂ© dans la rĂ©gion des Grands Lacs et a qualifiĂ© la jeunesse rwandaise de « prisonniers dans la rĂ©gion  ». Cette Ă©volution intervient alors que les relations entre les […]
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye amagambo rutwitsi yavuzwe na Perezida Ndayishimiye
Guverinoma y’u Rwanda ibabajwe n’amagambo rutwitsi kandi arwanya Afurika yavuzwe na Perezida wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye mu birori byabereye i Kinshasa ku itariki ya 21 Mutarama 2024. âPerezida Ndayishimiye, yigize impirimbanyi ya Afurika Yunze Ubumwe kubwâUrubyiruko, Amahoro nâumutekano, , yashinje ibirego byinshi bidafite ishingiro kandi rutwitsi bigamije gukurura amacakubiri hagati yâabanyarwanda, no kurushaho guhungabanya amahoro […]
RICA yasabye ababazi kwirinda kubabaza amatungo igihe bayabaga
Ikigo cyâIgihugu gishinzwe Ubuziranenge, Ihiganwa mu Bucuruzi no Kurengera Umuguzi (RICA) cyirihanangiriza ababaga amatungo kwirinda kuyababaza mbere yâuko abagwa kuko bigira ingaruka ku buziranenge bwâinyama ziyakomokaho. Simbarikure Gaspard, Umuyobozi ushinzwe kugenzura isuku, ubuziranenge nâakato kâibikomoka ku matungo muri RICA, avuga ko uko itungo rihohoterwa cyangwa uburyo ritwarwamo mbere yâuko ribagwa bigira ingaruka ku bwiza bwâinyama […]
Umugaba Mukuru wa RDF yakiriye mugenzi we ukuriye Ingabo za Mozambique

Umuyobozi mukuru wâingabo zâigihugu cya Mozambique (FADM), Admiral Joaquim Mangrasse yasuye icyicaro gikuru cyâingabo zâu Rwanda aho yakiriwe nâUmugaba Mukuru wa RDF, Gen. MK Mubarakh. Bagiranye ibiganiro bigamije kuzamura umubano uriho hagati y’ingabo zombi. Admiral Mangrasse kandi yasuye minisitiri wâingabo, Hon. Juvenal Marizamunda. Nyuma y’uru ruzinduko, Admiral Mangrasse yagize ati: “Twaganiriye ku bufatanye bukomeje mu […]
Kigali: Abakodesha aho kuba bahangayikishijwe n’ibiciro by’ubukode bikomeje gutumbagira
Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali baravuga ko ibiciro by’ubukode ku bakodesha inzu zo kubamo bikomeje gutumbagira kuri ubu kubasha kubwigondera bikaba bigoye. Ni mu gihe Leta yâu Rwanda yatangiye gahunda yo kujya itanga ubufasha ku bafite imishinga yo kubaka inzu zihendutse zigenewe guturwamo hagamijwe gukemura ikibazo cyâamacumbi mu Mujyi wa Kigali no mu […]
Un responsable de la bonne gouvernance arrĂȘtĂ© pour corruption et harcĂšlement

Le Bureau d’enquĂ ÂȘte du Rwanda (RIB) a arrĂ ÂȘtĂ© le 21 janvier Vedaste Kabera, le directeur chargĂ© de la bonne gouvernance dans la province du Sud, pour corruption et harcĂšlement conjugal. Les entitĂ©s gouvernementales locales font partie des institutions gouvernementales oĂ Âč la probabilitĂ© de corruption est Ă©levĂ©e, selon le Rwanda Bribery Index (RBI) 2022. LâĂ©dition 2023 […]
Abantu 15000 bamaze kwicirwa i Darfur bazira ubwoko – UN
Raporo yâUmuryango wâAbibumbye yabonwe na Reuters ku wa Gatanu, iravuga ko abantu bari hagati ya 10,000 na 15.000 biciwe mu mujyi umwe wo mu Ntara ya Darfur yâIburengerazuba muri Sudani mu mwaka ushize bazize ihohoterwa rishingiye ku moko rikozwe nâingabo za Rapid Support Forces (RSF) zifatanyije nâizindi nyeshyamba zâAbarabu. Muri raporo yâAkanama kâUmuryango wâAbibumbye gashinzwe […]
M23 iravuga ko yatanze isomo muri Mweso mu gihe havugwa indi mirwano i Kanyamahoro
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere imirwano hagati ya M23 nâihuriro ryâinyeshyamba zifatanya na FARDC (Wazalendo) biravugwa ko yaramukiye ku muhanda Kanyamahoro-Buhumba muri Teritwari ya Nyiragongo hafi yâUmujyi wa Goma. Amakuru aturuka aho atangazwa nâuruhande rwegereye guverinoma aravuga ko inyeshyamba za M23 zihanganye na Wazalendo, aho ngo urusaku rwâintwaro nto nâiziremereye rwumvikana mu nkengero […]
Misiri yatangaje ko yiteguye gutabara Somalia mu gihe Ethiopia yavogera ubusugire bwa yo
Kuri iki Cyumweru, itariki 21 Mutarama, Perezida wa Misiri, Abdel Fattah al-Sisi, yatangaje ko igihugu cye kitazemera ko hagira uwo ari we wese uhungabanya Somalia, nyuma yâuko Ethiopia ivuze ko itekereza kwemera ubwigenge bwa Somaliland mu masezerano azayemerera kugera ku nyanja. Aya magambo ni yo akomeye avuzwe kuri iki kibazo na Misiri, isanzwe ifitanye umubano […]
Bujumbura: Benshi batawe muri yombi mu mukwabu ukaze mu gace ka Ngagara
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, itariki 21 Mutarama 2024, mu gihugu cyâu Burundi muri quartier ya 6 muri Zone Ngagara mu majyaruguru yâUmurwa mukuru wâubucuruzi ,Bujumbura, babyutse hagoswe nâabasirikare bitwaje imbunda nyinshi, aho inzira zose zisohoka nâizinjira aho hantu zari zicunzwe nâabasirikare mu gihe abapolisi bari mu ngo barimo gusaka, ako gace karimo inzu […]
Abacuruzi barashinja ikigo cyâimisoro cya Uganda (URA) kurebera magendu yinjira iva mu Rwanda
Abacuruzi bo muri Uganda bagaragaje ko ikigo cyâigihugu gishinzwe kwinjiza imisoro nâamahoro cya Uganda (URA) nâabandi bashinzwe umutekano ku mipaka, bagira uruhare mu gukingira ikibaba magendu ku mupaka wa Uganda nâu Rwanda, cyane cyane i Katuna mu Karere ka Kabale. Bavuga ko ubucuruzi bwa magendu bukomeje kubera ubufatanye nâabakozi ba URA nâabashinzwe umutekano, aho abacuruzi […]
Mu mwaka wâamashuri wa 2025/2026 abarimu bose bazaba bafite mudasobwa – REB
Mu mwaka wâamashuri wa 2025/2026, abarimu bose bo mu Rwanda bazaba bafite mudasobwa muri gahunda ya mudasobwa kuri buri mwarimu nk’uko byatangajwe n’Urwego rwâIgihugu Rushinzwe Uburezi bwâIbanze (REB). Dr. Nelson Mbarushimana, Umuyobozi Mukuru wa REB, wari umutumirwa mu kiganiro Kubaza Bitera Kumenya kuri Radio Rwanda kuri iki Cyumweru, yavuze ko guha mudasobwa abarimu biri muri […]
Goma: Umunyamabanga wa SADC yasuye ingabo zayo zoherejwe muri RDC

Umuryango wâubukungu wâibihugu bya Africa yo mu majyepfo (SADC) watangaje ku cyumweru umunyamabanga wawo Elias Magosi yasuye ingabo zawo zoherejwe mu mirwano muri DR Congo. SADC ivuga ko Magosi, ukomoka muri Botswana, yari yaje âkwishimira no kugenzura uko ibikorwa byifasheâ. Umutwe wa SADC kugeza ubu ugizwe nâingabo zavuye muri Africa yâEpfo, Malawi na Tanzania, waje […]
Perezida Ndayishimiye yiyemeje gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda ku mugaragaro
Perezida wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye yatangarije i Kinshasa ko yiteguye gutanga umusanzu mu guhirika ubutegetsi bwâu Rwanda mu cyo yise âkubohora urubyiruko rwagizwe imfungwaâ. Ni mu kiganiro n’itangazamakuru kuri iki Cyumweru i Kinshasa aho yitabiriye irahira rya mugenzi we, Felix Tshisekedi , ugiye kuyobora manda ya kabiri itavugwaho rumwe. âMu Karere abaturage babanye neza, ndabizi […]
Meteo Rwanda yateguje imvura idasanzwe mu gice cya gatatu cya Mutarama

Meteo Rwanda, Ikigo cyâIgihugu cyâIteganyagihe, cyatangaje ko mu gice cya gatatu cya Mutarama , hagati y’itariki ya 21 kugeza 31 Mutarama 2024, hateganyijwe imvura nyinshi kurusha isanzwe igwa henshi mu gihugu. Ikigo cyâIgihugu cyâIteganyagihe mu itangazo ryacyo cyavuze ko imvura iteganyijwe henshi mu gihugu ndetse mu majyepfo yâuburengerazuba bwâigihugu hakaba hagiteganyijwe imvura nyinshi ugereranyije nâizagwa […]
Abarusiya 2, Abanya-Ukraine 2 nâUmunya-Lithuania bamaze amezi 8 ari imbohe ku Cyambu cya Maputo
Minisiteri yâububanyi nâamahanga yâu Burusiya yatangarije Ibiro Ntaramakuru bya Leta, RIA, ko abasare babiri bâAbarusiya bafungiwe ku Cyambu cya Maputo muri Mozambique bazira amakimbirane ashingiye ku mafaranga hagati ya nyirâubwato bari batwaye nâumukiriya we wâUmunyamozambike, mu magambo yatangajwe kuri iki Cyumweru. Ikinyamakuru SHOT cyo mu Burusiya cyatangaje mu cyumweru gishize kuri Telegramu yacyo ko Abarusiya […]
M23 yashyizeho “couvre feu” mu bice igenzura

Nyuma yâibitero byâindege, bimaze iminsi byibasiye ibice M23 igenzura na nyuma y’iycwa ry’abayoboozi b’ingabo bawo 2 biciwe mu gico batezwe bagiye kuganiriza abaturage, uyu mutwe ubu washyizeho isaha yo gutahiraho no gufunguriraho ibikorwa. Uyu mutwe mu itangazo ryawo wavuze ko couvre feu ari guhera saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba kugeza saa kumi n’ebyiri za mu […]
Irak: Abasirikare benshi ba Amerika bakomerekeye mu gitero cya misile
Abasirikare benshi ba Amerika bakomerekeye mu gitero cya misile cyagabwe ku birindiro byâindege mu burengerazuba bwa Iraki. Ubuyobozi bukuru bwâingabo za Amerika bwatangaje ko umutwe w’ingabo zishyigikiwe na Iran wibasiye ikibuga cyâindege cya Al Asad, kiriho ibirindiro byâingabo zâAbanyamerika, ukoresheje misile za ballistique na roketi ku mugoroba wo ku wa Gatandatu. Umubare utazwi w’abakozi bâAbanyamerika […]
MINICOM yatangaje igiciro fatizo ku bigori bihunguye n’ibidahunguye
Minisiteri yâUbucuruzi nâInganda MINICOM yatangaje igiciro fatizo ku bigori, aho ibihunguye ari amafaranga yâu Rwanda ku kilo naho ibidahunguye bikagura amafaranga yâu Rwanda 311 ku kilo. Ni icyemezo cyafatiwe mu nama yo ku itariki ya 18 Mutarama 2024 yahuje MINICOM, MINAGRI, Ikigo cyâIgihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi nâUbworozi (RAB), abahagarariye abahinzi bâibigori, inganda zibitunganya nâabahagarariye […]
Abapolisikazi basaga 100 basoje amahugurwa abategura kujya mu butumwa bwâamahoro

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Mutarama, abapolisikazi 110 bitegura kujya mu butumwa bwâUmuryango wâAbibumbye bwo kubungabunga amahoro, basoje amahugurwa bamazemo ibyumweru bibiri, abera mu Ishuri ryâamahugurwa rya Polisi (PTS) i Gishari mu Karere ka Rwamagana. Ubwo yasozaga aya mahugurwa ku mugaragaro, umuyobozi wa Polisi yâu Rwanda Wungirije ushinzwe ubutegetsi nâabakozi […]
Baravuga ko babangamiwe n’umwanda uva mu Ibagiro rya Gakenke
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke baravuga ko babangamiwe n’amayezi avanze n’undi mwanda biva mu Ibagiro rya Gakenke, aho bemeza ko usibye umunuko biteza, binangiza ibidukikije kuko biruhukira mu mugezi wa Base. Umuyobozi wâAkarere ka Gakenke yemeje ko iki kibazo bacyumvise kandi bagihagurukiye ngo gikemuke vuba. Ni nyuma yâaho abaturage bamwe bari basabye […]
Uganda yagiranye amasezerano yâubufatanye mu bya gisirikare na Centrafrica
Muri iki cyumweru Uganda yagiranye amasezerano yâubufatanye mu bya gisirikare nâigihugu bidasangiye umupaka cya Repubulika ya Centrafrica. Minisitiri wâingabo nâibibazo byâabavuye ku rugerero wa Uganda, Vincent Ssempijja, avuga ko amasezerano yâubwumvikane (MOU) âyongeye gushimangiraâ ubushake bwâigihugu cye bwo kugirana ubufatanye mu bya gisirikare na Centrafrica. Ati: âUganda yahoze ishaka guteza imbere amahoro n’umutekano mu karere […]
Kicukiro: Umwe mu bari bagiye kwiba mu kigo cya Real Construction yarashwe ahita apfa
Umwe mu bakekwaho ubujura bari bagiye kwiba ibikoresho bya Kompanyi yâubwubatsi ya âReal Constructionâ mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, yarashwe ubwo bashakaga kurwanya abashinzwe umutekano nkâuko byemejwe na polisi. Uwarashwe agahita ahasiga ubuzima, ni umusore warashwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, itariki 19 Mutarama 2024, mu Mudugudu wa Nyabigugu mu […]
U Burundi bukomeje kurunda ingabo nâibikoresho ku mupaka nâu Rwanda
Amakuru aturuka mu gihugu cyâu Burundi aravuga ko abagabo bambaye impuzankano za gisirikare nâigipolisi, bitwaje intwaro nyinshi, bakomeje kurundwa mu ishyamba rya Kibira ku ruhande rwa za komini Mabayi na Bukinanyana mu ntara ya Cibitoke (mu majyaruguru yâiburengerazuba bwâu Burundi) hafi yâumupaka nâu Rwanda. Abaturage baho bavuze ko bafite impungenge ariko komanda ushinzwe ibikorwa aho […]
Indege zâintambara za FARDC zakomeje kwibasira ibirindiro bya M23 muri Masisi

Kuri uyu wa Gatanu Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo gifatanyije nâingabo za SADC bakomeje ibitero byâindege ku birindiro bitandukanye bya M23 muri Masisi. Amakuru atangazwa nâabanyamakuru begereye Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo baravuga ko igitero cyâindege cyibasiye ibirindiro byâinyeshyamba za M23 mu ifamu bita Espoir muri Teritwari ya Masisi, hafi yâuruganda […]
Abahinzi bo mu Mujyi wa Kigali basabye ababishinzwe guhagurukira abanyereza imitungo yabo
Nubwo bishimira umusaruro bagezeho babikesha gukorera hamwe mu makoperative, Abahinzi bo mu Mujyi wa Kigali no mu nkengero zawo barasaba ko inzego zibishinzwe zahagurukira imicungire mibi yâamakoperative bagakumira abanyereza imitungo yayo. Mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, uwitwa Nyirambanjineza Josephine amaze imyaka itanu yinjiye muri Koperative KOMUSES ihinga umuceri ikanatubura ibigori mu Gishanga […]
Gen. Habarurema ukuriye ubutasi bwâu Burundi aravugwaho kuba inyuma yâubujura buyogoje Bujumbura
Ikigo cyâigihugu gishinzwe iperereza mu Burundi (SNR) kiravugwa mu byaha byâubukungu no kumena amaraso. Ibyo byaha biteye impungenge kandi bikorwa nâabakozi bâuru rwego rwâubutasi. Aba biravugwa ko bakingirwa ikibaba nâumuyobozi wa bo, Brig. Gen. Ildephonse Habarurema kandi ntibahanwa kabone niyo baba bafashwe. Ibikorwa byâubugizi bwa nabi byâabakozi bâubutasi bwâu Burundi byabatijwe SEVUMA, nk’uko amakuru agera […]
Bahangayikishijwe n’amafaranga yabo muri banki zigurwa n’abanyamahanga batategujwe
Bamwe mu babitsa muri banki zitandukanye mu Rwanda baravuga ko bagira impungenge iyo abanyamahanga bagura imigabane yâamwe mu ma banki yo mu gihugu bakayegukana ndetse agahindurirwa nâamazina kuko usanga batamenya uko biba byagenze ngo banki zigurishwe ugasanga bafite impungenge z’amafaranga yabo. Ni nyuma y’uko hashize igihe humvikana abanyamahanga bagura imigabane yâamwe mu ma banki yo […]
Les soldats des RDF acquiÚrent des compétences de combat avancées

Les officiers des Forces de dĂ©fense rwandaises (RDF) et d’autres soldats ont terminĂ© avec succĂšs, mercredi 17 janvier, une formation avancĂ©e d’infanterie de sept mois au Centre d’entraĂ Âźnement militaire de base de Nasho, dans le district de Kirehe. Le gĂ©nĂ©ral Moubarakh Moubarakh, chef d’Ă©tat-major de la DĂ©fense (CDS) des RDF, a prĂ©sidĂ© la cĂ©rĂ©monie de […]
Depite Cecilia Ogwal wanabaye Miss Uganda yapfuye ku myaka 77

Cecilia Barbara Atim Ogwal, Umudepite ukomeye muri Uganda wari uhagarariye abagore watorewe mu Karere ka Dokolo akaba yarabaye na Miss Uganda, yapfuye ku myaka 77. Ogwal wavutse ku itariki ya 12 Kamena 1946, yari umushoramari ukorana nâingabo zâigihugu ndetse akaba n’umujyanama mu micungire, yabaye umwe mu bagize inteko ishinga amategeko ya Uganda kuva mu 1996 […]
Umutwe w’abacanshuro wa Wagner Group waje mu yindi sura nâizina rishya muri Afurika
Umutwe wâabacanshuro wa Wagner biravugwa ko ufite izina rishya ikoresha mu bikorwa byawo muri Afurika, ariko ngo ni wa mutwe nâubundi wâabacanshuro bâAbarusiya ukomeje gusahura ubutunzi bwâamabuye y’agaciro kandi ugasiga inyuma ibikorwa byâubugizi bwa nabi ku mugabane wa Afurika. Ahazaza h’umutwe hari hakomeje kwibazwaho nyuma y’urupfu rwo muri Kanama 2023 rwâuwahoze ari umuyobozi wa wo, […]
Imbwa zigiye kwifashishwa mu gushakisha abantu baburiye ahabereye ibiza
Hagiye gutangizwa agashami gashya kazakorera muri Polisi, mu ishami rishizwe gucunga umutekano hifashishijwe imbwa (Canine Brigade). Aka gashami kazafasha gushakisha abantu baburiye ahabereye ibiza. Umuyobozi wa Polisi ishami rishinzwe gucunga umutekano hifashijwe imbwa, CSP Faustin Kalimba, asobanura ko imbwa zifasha mu gutahura ibisasu, ibiyobyabwenge ndetse nâumuntu wiziritseho igisasu. Yavuze ko bateganya gushyiraho akandi gashami gafasha […]
Abadepite yemeje umushinga wa Minisitiri wâIntebe, Sunak, wo kohereza mu Rwanda abimukira
Inteko ishinga amategeko yâUbwongereza umutwe wâAbadepite (House of Commons) yemeje umushinga wa Ministri wâIntebe, Rishi Sunak, wo kohereza mu Rwanda abimukira basaba ubuhungiro. Uwo mushinga watambutse ku majwi 320 kuri 276. Mu badepite bakabakaba 60 bo mwishyaka akomokamo ry’Abakonservateri bawurwanyaga, 11 gusa nibo batoye âOyaâ. Mu minsi mike ishize, uyu mushinga wateje impaka zâurudaca mu […]
Minisitiri Gasana nâUmuyobozi Mukuru wa Polisi bagiriye uruzinduko rwâakazi muri Qatar
Minisitiri Gasana nâUmuyobozi Mukuru wa Polisi bagiriye uruzinduko rwâakazi muri Qatar Minisitiri wâUmutekano wâimbere mu gihugu, Alfred Gasana ari kumwe nâUmuyobozi Mukuru wa Polisi yâu Rwanda (IGP), CG Felix Namuhoranye, kuva ku wa Kabiri, tariki ya 16 Mutarama, bari mu ruzinduko rw’akazi rwâiminsi itatu mu gihugu cya Qatar rugamije gushimangira ubufatanye mu bijyanye nâumutekano n’iyubahirizwa […]
Imbwa yari ifite agahigo kâimbwa ishaje kurusha izindi iri gukorwaho iperereza

Guinness World Records yambuye agahigo imbwa yitwa Bobi nyuma yâiperereza ryayitangijweho nyuma yâurupfu rwa yo. Igihe Bobi byavugwaga ko ari yo ‘mbwa ishaje cyane ku Isi’ yizihije isabukuru yâimyaka 31 umwaka ushize, maze Isi yizihizanya na yo ibyo birori. Igihe yapfaga mu Kwakira, Isi yarababaye. Ariko ubu agahigo yari ifite karimo gukemangwa. Nyuma yâuko abaveterineri […]
Perezida Kagame yemeje ko azasubiza u Bwongereza amafaranga yabwo abimukira nibatoherezwa
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko ashobora kuzasubiza u Bwongereza amafaranga yabwo mu gihe abasaba ubuhungiro baba batoherejwe mu gihugu cye mu masezerano cyagiranye na Guverinoma yâu Bwongereza. Umwanditsi wa BBC wâinkuru zijyanye nâubukungu , Faisal Islam, yagiranye ikiganiro gito na Perezida Paul Kagame ari mu nama ya World Economic Forum yabereye i Davos […]
« La Main Rouge  » umwe mu mitwe yâiterabwoba ya mbere yabayeho washinzwe nâu Bufaransa
« La Main Rouge  » ni izina ryâumutwe witwaje intwaro wâibanga wâAbafaransa , wagabye ibitero byinshi mu Burayi no muri Afurika yâAmajyaruguru mu myaka ya za 1950, mu gihe cyâabakoloni. Uyu mutwe bivugwa ko wari âitsinda ryâurupfuâ ndetse bamwe bafata nkâumutwe wâiterabwoba, wakomotse ku matsinda mato yashingiwe muri Tunisia mu 1952 kandi ugizwe nâabazungu n’abapolisi […]
London: Itegeko ryo kohereza abimukira mu Rwanda ryeguje Abayobozi 2 bâishyaka riri ku butegetsi
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, abayobozi babiri bungirije bâishyaka ryâaba conservateurs riri ku butegetsi mu Bwongereza beguye ku mirimo yabo mu gihe abadepite batoraga gukora amavugurura ku itegeko ryihutirwa rya Minisitiri wâintebe, Rishi Sunak, rigamije gukumira abinjira mu gihugu binyuranyije nâamategeko. Rishi Sunak yashimangiye ko umushinga w’itegeko ugomba kugera aho guverinoma ishoboye kuko […]
Biryogo: Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yagaragaye mu Marangi ari gufata ka cyayi

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, kuri uyu wa Kabiri, itariki 16 Mutarama, yagaragaye mu Biryogo, ahazwi nko Mu Marangi ari gufata ka cyayi ari kumwe n’abandi bantu bamwegereye barimo abashinzwe umutekano. Aha yari ari ndetse ari kumwe n’abantu batandukanye barimo umusirikare n’umupolisi bakuru, ni umuhanda wagizwe Car Free Zone uherereye mu Biryo mu Karere […]
M23 yemeje iyicwa rya ba komanda 2 ba yo barimo Col Castro wari ukuriye ubutasi

Amakuru akomeje gucicikana kuva kuri uyu wa Kabiri nimugoroba hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga ndetse yananditswe nâikinyamakuru Chimpreports, aravuga ko Umuyobozi wâubutasi wâumutwe wâinyeshyamba za M23 yaba yiciwe mu gitero cyâindege zitagira abapilote mu burasirazuba bwa Congo. Ni amakuru M23 yemeje mu itangazo ryayo ivuga ko abayobozi 2 b’ingabo ba zo bishwe nubwo itavuze […]
Guverinoma igiye gutangiza uburyo bushya bwo gufasha abaturage kwikura mu bukene
Leta yâu Rwanda yatangaje ko igiye gutangiza uburyo bwâikoranabuhanga bwo kubarura abaturage, habarurwa buri muntu ku giti cye harebwa nâubufasha akeneye, bazafashwa kwikura mu bukene izatangira mu mpera za Mutarama 2024. Ubu buryo bushya buje gusimbura uburyo bwari busanzweho, aho abantu bafashwaga hashingiwe ku byiciro byâUbudehe baherereyemo. Ibyiciro by’ubudehe byari byaratangijwe na Guverinoma yâu Rwanda […]