Burundi: Ikinyamakuru cyari gisigaye kivuga ibitagenda gishobora gufungwa mbere y’amatora

Ikinyamakuru Iwacu cyo mu gihugu cy’u Burundi kiri mu gihirahiro nyuma y’aho amakuru gifite yemeza ko gishobora no gufungwa mbere y’amatora yo mu 2020. Ni nyuma yo kuburirwa n’Ikigo gishinzwe kugenzura itangazamakuru, CNC. Aya makuru yemejwe n’umuyobozi w’Ikinyamakuru Iwacu, Antoine kaburahe, kuri ubu ubarizwa mu buhungiro kuko nawe ari mu bashinjwa gushaka guhungabanya inzego z’igihugu […]

Uwari ihabara rya Diamond yibasiye Tanasha Donna

Uwari ihabara ry’umuhanzi Diamond Platnumz, Lynn yibasiye Tanasha Donna kuri ubu utwitiye uyu muhanzi ashaka kumvikanisha ko aciriritse. Uyu mukobwa na we uri mu bihagazeho mu bijyanye n’imitungo yannyeze Tanasha avuga  ko atunze imodoka ari uko atwite inda ya Diamond. Amwishongoraho avuga ko we yigize cyane ko atunze imodoka enye bidasabye ko atwita cyanwga ngo […]

Kigali: Hashyizwe ibuye ry'ifatizo ahagiye kubakwa ibiro by'Umudugudu wa Kamatamu utarangwamo ibyaha

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga 2019, ubwo Polisi y’u Rwanda yatangizaga ukwezi kwahariwe ibikorwa byayo, hashyizwe ibuye fatizo ahagiye kubakwa ibiro by’Umudugudu wa Kamatamu, uherereye mu Murenge wa Mageragere, Akarere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali, nk’umudugudu watoranyijwe nk’utarangwamo ibyaha. Kamatamu iri mu midugudu itarangwamo icyaha izubakirwa ibiro byo gukoreramo muri uku […]

Sinkijya koga muri Pisine, banteye ubwoba ko nshobora kuzatwitiramo- Ese nibyo?

Mugire amahoro ya Nyagasani, nitwa Betty iwacu ni mu Karere ka Nyarugenge, nkaba mfite imyaka 25 y’amavuko. Nakundaga kujya koga muri Pisine rusange ariko bambwiye ko umugabo cyangwa se umusore ashobora gusohoreramo intanga ze zikaba zakwinjira mu gitsina, umukobwa akaba yahita atwitiramo. Aya makuru yanteye ubwoba, ku buryo hari inshuti zanjye nke nabajije zimbwira ko […]

Yagiye kwiba mu rusengero rwa PEFA asiga ibaruwa isaba imbabazi

Mu Ijoro ryo kuri iki Cyumweru rishyira kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Nyakanga, igisambo kinjiye mu rusengero rwa PEFA ruherereye ahitwa Nyandarua, mu gihugu cya Kenya, kirangije gisiga ibaruwa isaba imbabazi kubw’icyo gikorwa. Ngo ni nyuma yo gusanga nta mafaranga ari mu rusengero. Ibi ngo byabaye nyuma y’amezi makeya abaturage baciye umutwe abantu bakekwagaho […]

Kicukiro: Abagabo basabwe kwitabira umugoroba w’ababyeyi

Abaturage bo mu Karere ka Kicukiro bavuga ko aho batangiriye kwitabira umugoroba w’ababyeyi, hari byinshi bigenda bikemuka mu ngo birimo amakimbirane, igwingira ry’abana, isuku n’ibindi, bityo n’abagabo bakaba basabwa kuwitabira ari benshi. Bavuga ko mu mugoroba w’ababyeyi bahigira byinshi bitandukanye birimo n’iterambere ry’umudugudu batuyemo, bakaba bifuza ko ibyiciro byose birimo abagabo n’abagore byawitabira. Uyu ati” […]

Ku ishuri bigeze kutubaza icyo tuzaba dukuze mvuga ko nzaba Perezida- Amb.Nduhungirehe

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba,  Nduhungirehe Olivier, avuga ko yakunze Politiki akiri muto, by’umwihariko akaba yarumvaga mu nzozi ze yazaba Perezida. Gukunda politiki no kumva yazaba umuntu ukomeye muri Politiki, Nduhungirehe, avuga ko afite aho abikomora, ngo kuko se umubyara na we yari umunyapolitiki. Mu kiganiro yagiranye […]

Imana iguha ibyo ukeneye byose

IGICE CYA MBERE Abanyafilipi 4:19 “Kandi Imana yanjye, mu bukungahare n’ikuzo byayo, izabasenderezaho ingabire zayo mu byo mukeneye byose, muri Yesu Kristo.” Bibiliya iragira iti “ Ibyo ukeneye bitari mu kwifuza kwawe.” Twese turifuza, siko biri?  Iyo uguze ikintu hati ikindi gihita cyaduka maze ukumva nacyo wahita ukigura.   Dutunze telefoni, ariko iyo haje indi […]

Amakuru agezweho: Igura n'igurisha mu mupira w'amaguru

Amakuru y’igura n’igurisha aracyavugwa cyane mu mupira w’amaguru. Amwe aracyari impuha, andi ni impamo. Tuyakomora ku binyamakuru bitandukanye bivuga ku mupira w’amaguru, uyu munsi. Inkuru ya mbere ivuga ko Manchester United na Leicester City zamaze kumvikana kuri myugariro Harry Maguire nyuma y’aho atangarije ko atagikeneye kuguma muri iyi kipe ya Leicester. The Sun ivuga ko […]

Paris: Ibirori by’Umunsi w’Ubwigenge byasojwe no guhangana hagati ya polisi n’abigaragambya

Ibirori byo kwizihiza Umunsi w’Ubwigenge mu Bufaransa bizwi nka Bastille Day, kuri iki Cyumweru, itariki 14 Nyakanga, I Paris byasojwe no guhangana hagati y’igipolisi n’abigaragambya (bafitanye isano n’aba Gilets jaunes), aho abagera mu 170 batawe muri yombi nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi. Abayobozi mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi nka Chancelliere w’u Budage, Angela Melker na Minisitiri w’Intebe […]

Uganda: Gen. Henry Tumukunde yatangiye urugendo rwo guhatanira ubuyobozi bwa Kampala

Maj. Gen. Henry Tumukunde wahoze ari minisitiri w’umutekano wa Uganda yatangiye kwiyamamariza bucece umwanya w’Umuyobozi w’Umujyi wa Kampala mu matora ateganyijwe mu 2021. Gen Henry Tumukunde akaba yiteguye guhangana na Erias Lukwago, usanzwe uyobora Umujyi wa Kampala, ubarizwa ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’umuhanzi Jose Chameleone. Uyu wahoze ukuriye inzego z’ubutasi, wagize uruhare mu […]

2019: Umusirikare wa Amerika wa 11 yapfiriye muri Afuganistani

Minisiteri y’Ingabo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, itangaza ko umwe mu basirikare bayo kabuhariwe yapfiriye ku rugamba muri  Afughanistani. Umusirikare James “Ryan” Sartor yapfuye ku wa Gatandatu tariki ya 13 Nyakanga 2019, nyuma yo gukomeretswa bikomeye n’amasasu y’umwanzi.  Akaba abaye umusirikare wa Amerika wa 11 wiciwe muri Afuganistani kuva uyu mwaka wa 2019 watangira, […]

Gakenke: Polisi yafashe umugabo ucyekwaho gukoresha impapuro mpimbano

Muri iki cyumweru dusoje, Polisi y’u Rwanda ikorere mu karere ka Gakenke yafashe uwitwa Havugimana Etienne  ufite imyaka 36 y’amavuko atwaye imodoka Pickup/Hilux RAB 924 W afite icyangombwa cy’igihimbano kigaragaza ko imodoka ye yakorewe isuzumwa ry’ubuziranenge  n’ikigo cya Polisi gishinzwe gusuzuma ubuziranenge bw’imodoka kizwi nka control technique. Umuvugizi wa Polisi  mu ntara y’Amajyaruguru Chief Inspector […]

AFCON 2019: Kwitsinda no guhusha penaliti ni byo byaranze imikino ya 1/2

Imikino ya 1/2 y’irushanwa ry’Afurika ry’ibihugu yabaye kuri uyu wa 14 Nyakanga, amakipe yose yifuza gukina umukino wa nyuma; amahirwe rukumbi yari kuzashobora kuyahesha igikombe. Uko ari ibiri yabereye ku masaha atandukanye. Saa kumi n’ebyiri za hano mu Rwanda, Senegal na Tunisia zahatanye saa tatu z’ijoro, Algeria na Nigeria biba uko ku kibuga mpuzamahanga cya […]

Ebola mu mugi wa Goma

Minisiteri y’ubuzima muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yemeje ko icyorezo cya Ebola cyageze mu mugi wa Goma, wegereye Gisenyi mu Rwanda. Ni umuuntu umwe uvugwaho iyi ndwara muri uyu mugi. Ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press bitangaza ko ari umupasiteri wabaga mu mugi wa Butembo. Kuva iki cyorezo cyagera muri iki gihugu mu 2018, mu […]

Amafaranga Rayon Sports yinjije n'ayo yasohoye mu 2018/2019

Kuri iyi tariki ya14 Nyakanga, ikipe ya Rayon Sports yakoze inteko rusange yashyizeho ubuyobozi bushya. Hatanzwe kandi na raporo y’umwaka w’imikino wa 2018/2019 ivuga uko ikipe yinjije n’amafaranga yasohoye. Ubuyobozi bushya bwa Rayon Sports burangajwe imbere na Munyakazi Sadate, umuyobozi w’ikipe wasimbuye Paul Muvunyi wabaye umuyobozi w’ikipe w’icyubahiro. Umuyobozi wungirije ni Thadee Twagirayezu,umubitsi ni Cyiza […]

Yakatiwe 70 nyuma yo gukwirakwiza amashusho asambanya uruhinja yibyariye

  James Lockhart ni umuturage utuye muri leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Yifashe amashusho asambanya umwana we kuva afite umwaka umwe w’amavuko, ayashyira ku rubuga. Ubutabera byamukatiye igifungo cy’imyaka 70 nyuma yo kubona amahano yakoze, icyaha cyamaze no kumuhama. Uretse n’iki gihano kandi, Lockhart w’imyaka 31 y’amavuko yasinye avuga ko azafasha inzego […]

Yasanganwe umurambo wa nyina yari amaze imyaka itatu abana na wo

Umugore wo muri Leta ya Texas muri Amerika yatawe muri yombi nyuma y’uko umurambo wa nyina bawusanze mu nzu ye y’ibyumba bibiri abanamo n’umukobwa we. Polisi icyeka ko uyu mukecuru w’imyaka 71, yapfuye yituye hasi mu 2016. Umukobwa we w’imyaka 47, ashinjwa ko atabashije gufasha nyina igihe ibyo byabaga kuko ngo “yapfuye hashize iminsi” yituye […]

Uganda: Libani iramagana ifungwa ry’abaturage bayo bafungiwe na ISO ahantu hatazwi

Leta ya Libani yamaganye ifungwa ry’abaturage bayo bafungiye muri kasho z’Urwego rw’Umutekano w’Imbere mu Gihugu rwa Uganda, ISO. Biravugwa ko aba bagabo babiri, Ali Hussein Yassin na Hussein Mahmoud Yassin, bafatiwe ku Kibuga cy’Indege bakaba Bafunzwe batemerewe kubonana n’umujyanama mu by’amategeko. Ali Hussein Yassin na Hussei Mahmoud Yassin bafatiwe ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Entebbe, […]

AFCON 2019: Uburemere bw’umukino wa ½ uza guhuza Nigeria na Algeria

Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Nigeria, “ Super  Eagles ”, kuri iki Cyumweru mu mukino uyihuza n’ikipe ya Algeria iraba ikinira ku ntego z’amadolari byibuze 75,000 nibaramuka batsinze. Ni umukino uhuza ikipe y’umupira w’amaguru ya Nigeria n’iya Algeria muri kimwe cya kabiri cy’Imikino ya nyuma y’Igikombe cya Afurika cy’Ibihugu , AFCON 2019, ubera Cairo kuri […]

Ukraine: Televiziyo yateganyaga gutambutsa filimi mbarankuru igaragaramo Putin yagabweho igitero

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 13 Nyakanga, Televiziyo imwe yo mu gihugu cya Ukraine yagabweho igitero cy’igisasu cya RPG nyuma yo gutangaza ko igiye gutambutsa filimi mbarankuru yagombaga kugaragaramo na Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya. Igitero cyagabwe ahagana saa 3:40 z’igicuku, cyafashwe nk’igitero cy’iterabwoba n’abayobozi, nta muntu cyakomerekeje ariko cyangije ikirango cy’iyi televiziyo yitwa “112 […]

Musanze: Abaturiye pariki barataka inzara kubera konerwa n'inyamanswa zatorotse

Abatuye mu Mirenge ihana imbibi na Pariki y’Ibirunga bavuga ko kwonerwa n’inyamaswa zitoroka iyi pariki zikaza mu mirima yabo, byatumye bibasirwa n’inzara. Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze busaba aba baturage kugana ikigega cyashyiriweho gutanga indishyi ku bangirijwe n’inyamaswa nk’uko iyi nkuru dukesha RadioTv10 ikomeza ivuga. Zimwe mu nyamaswa zishyirwa mu majwi ko zitoroka pariki zikajya mu […]

Burundi: Abaturiye ishyamba ry’Ikibira bahangayikishije n’inyeshyamba baribonyemo

Abaturage batuye mu gace ka Bumba n’utundi twegereye ishyamba kimeza ry’Ikibira, bavuga ko bafite impungenge z’umutekano wabo, nyuma yo kuribonamo abantu bitwaje intwaro bavuga Ikirundi. Aba baturage basaba inzego z’umutekano kuwukaza muri aka gace. Baganira na SOS medias/ Burundi, abo mu duce twa Bumba, Bitare na Bihembe, muri Komini Bukinanyana, Intara ya Cibitoke, bavuze ko […]

Sudani: Abiciwe ababo batangiye gusaba ubutabera

Abanyasudani babarirwa mu bihumbi bakwiriye imihanda y’umurwa mukuru Khartoum no mu yindi migi bazirikana iminsi 40 ishize abambari b’ubutegetsi bakoresheje igitugu gutatanya bakanahitana bamwe mu baturage bari bakoze imyigaragambyo yo kwicara. Umwe mu bayobozi b’abaturage bari mu myigaragambyo yavuze ko inama bagombaga kugirana n’abayobozi b’ubutegetsi bwa gisirikare yasubitswe igashyirwa ku cyumweru. Muri iyo nama bagombaga […]

CECAFA 2019: Rayon Sports yatsinzwe na KMC ariko ikomeza muri Âź

  Ikipe ya Rayon Sport ntabwo yabashije kwikura imbere y’ikipe ya KMC yo muri Tanzania aho yatsinzwe igitego kimwe ku busa mu mukino wa gatatu wo mu itsinda rya mbere mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2019. Wari umukino wa gatatu wo mu itsinda rya mbere ndetse ari n’umukino wa nyuma mu matsinda ,aho wabereye […]

Umuvandimwe wa Zinedine Zidane yatabarutse

Abakunzi b’umupira w’amaguru, cyane abakunda ikipe ya Real Madrid bababajwe n’urupfu rw’umuvandimwe wa Zinedine Zidane utoza iyi kipe iri muri Canada yitegura amarushanwa y’umwaka w’imikino utaha. Real Madrid ibicishije ku rubuga rwayo yihanganishije uyu mutoza ufite ubwenegihugu bw’Ubufaransa. Muri Montreal-Canada, ikipe yafashe umunota wo kwibuka no kwifatanya na Zidane mu kababaro. Uyu muvandimwe wa Zidane […]

Minembwe: Imbunda n'amasasu ntibishobora kutuzanira amahoro- Umufasha wa Gen.Bisengimana

Dyna Nantebuka, ni umugore wa Gen. Bisengimana Charles wahoze ari umuyobozi mukuru wa Polisi ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, akaba asaba amoko yose yo muri Teritwari ya Minembwe, gutahiriza umugozi umwe, kuko intambara ntacyo yabagezaho. Nantebuka yasabye abaturage b’i Minembwe bose, kubana mu mahoro, bakareka amacakubiri ngo kuko ntabwo yabageza ku iterambere. Uyu mudamu […]

Tanzania: Inkambi y’Impunzi z’Abarundi yafatiwemo intwaro

Amakuru aturuka mu Nkambi y’Impunzi z’Abarundi ya Nduta muri Tanzania aravuga ko kuri uyu wa Kane ushize hafatiwe intwaro zitandukanye. Izo ntwaro biravugwa ko zafatiwe mu mudugudu wa 8 wa Zone ya 7 yo muri iyi nkambi y’impunzi ya Nduta. Mu ntwaro zafashwe harimo Kalachnikov nk’uko ababibonye babyemeza. Ni mu gihe ariko ba nyri izi […]

Bizaba bigaragaza ko igihugu cyanyu kidatekanye, kidashaka impinduka- Inshuti y’ushinjwa ubutekamutwe bwo kuri  KCC

Umugabo wivugira ko ari inshuti y’akadasohoka k’Umunyakenya, Dr Kinuthia Charles ufatwa nk’umucurabwenge w’ubutekamutwe bwabereye kuri Kigali Convention Center avuga ko u Rwanda niruhana uyu mugabo ruzaba rugaragaje ko rudatekanye kandi ko rukaba rutemera impinduka. Abanyakenya barimo uyu Dr Kinuthia n’Umunyarwanda umwe, Niyonkuru  bari gukurikiranwa n’inkiko ku bw’ubutekamutwe bakoreye abasaga 2500 besnhi biganjemo urubyiruko mu cyari […]

Gereza ya Bugesera: Abagororwa biyemeje kuvuga ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Bamwe mu mfungwa n’abagororwa bo muri gereza ya Bugesera iherereye mu Murenge wa Rilima , Akarere ka Bugesera biyemeje kuvuga ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse na mbere yayo. Ibi babyiyemeje mu gihe cyo kungurana ibitekerezo nyuma y’ikiganiro ku kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo bagejejweho n’umushakashatsi muri Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside, Mafeza Faustin, […]

Somalia: Igitero cyahitanye 26 muri hoteli barimo n'abanyapolitiki-amafoto

Intagondwa zagabye igitero kuri hoteli ya Kismayo muri Somalia, gihitana ubuzima bw’abantu 26 harimo n’umukandida wari kuziyamamariza umwanya w’umukuru wa Jubbaland. Iki gitero cyagabwe ku mugoroba wo ku wa 12 Nyakanga, 2019 ubwo imodoka yari itwaye ibisasu yaturikiye kuri iyi hoteli nk’uko inzego z’umutekano zibitangaza. Zabanje gutangaza kandi ko abamaze kugwa muri gitero ari 13 […]

USA: Kuri iki Cyumweru haratangira umukwabu ukaze wo gufata abimukira badafite ibyangombwa

Igipolisi gishinzwe abimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri iki cyumweru kiratangiza umukwabu karundura wo guta muri yombi abantu baba muri iki gihugu badafite ibyangombwa. Ubusanzwe ibikorwa nk’ibi ntibyatangazwaga mbere mu rwego rwo kwirinda kuburira abo bireba, ariko Perezida Donald Trump ubwe yemeje aya makuru kuri uyu wa Gatanu, itariki 12 Nyakanga. Perezida Donald […]

Abantu bavutse muri aya mezi akurikira bararamba-Ubushakashatsi

Kuramba si ibintu bya buri kiremwa muntu. Abahanga bagiye batanga impamvu zitandukanye zishobora gutuma umuntu aramba ku Isi. Bamwe muri bo bavuze ko gukora siporo, kurya neza, kwirinda ibiyobyabwenge n’izindi mapmvu nk’izafasha umuntu kubaho igihe kirekire. Kuri ibi rero nk’uko urubuga Blowingfacts dukesha iyi nkutu rubivuga, ubushakashatsi buherutse gukorwa n’abahanga mu by’ubuzima buvuga ko  abantu […]

Abagandekazi benshi bahungiye uburetwa bakoreshwaga muri Ambasade ya Uganda i Dubai

Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda yasabye Guverinoma gusobanura ingamba yafashe zo gutabara abakobwa b’Abagande baheze mu bihugu bagiye gushakamo imirimo bakoreshwa nk’abacakara. Depite Betty Nambooze kuri uyu wa Kane ushize akaba yarabwiye inteko ko hari abakobwa 53 baheze muri Ambasade ya Uganda I Dubai nyuma yo kuhahungira uburetwa n’itotezwa bakoreshwaga bakaba batizeye gusubira iwabo. Depite […]

Kenya: Impinja 11 ziciwe ku bitaro n'indwara itaramenyekana

Ku bitaro by’igihugu byitiriwe Kenyatta(Kenyatta National Hospital), impinja 11 zitarengeje ukwezi zishwe n’indwara bikekwa ko yatewe n’agakoko Klebsiella. Amakuru ava kuri ibi bitaro nk’uko  Daily Nation yabitangaje ku wa 12 Nyakanga, avuga ko utashatse ko izina rye ritangazwa ku bw’umutekano we yatangaje ko uretse kuba izi mpinja zishobora kuba zishwe n’iyi ndwara, ari uko muri […]

Turasaba abaturage gutanga amakuru kuri ruswa badafite ubwoba n’isoni- Murekezi Anastase

Umuvunyi mukuru w’u Rwanda, Murekezi Anastase arasaba abaturage bose kudahishira amakuru arebana na ruswa aho bayibonye n’uwo bayibonyeho uwo ariwe wese. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nyakanga 2019, ubwo Afurika yizihizaga umunsi wahariwe kurwanya ruswa, ku rwego rw’igihugu ukizihirizwa mu Ntara ya Amajyepfo, Akarere ka Nyamagabe, niho urwego rw’umuvunyi kimwe n’abandi bayobozi barimo […]

RDC: FARDC iremeza ko yigaruriye ibiturage bine byari byigaruriwe n’inyeshyamba

Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu ijoro ryo kuwa Kane ushize rishyira kuwa Gatanu, itariki 12 Nyakanga, kigaruriye ibiturage bine byo muri Teritwari ya Djugu muri Ituri byari bimaze igihe byarigaruriwe n’inyeshyamba. Ibi byagezweho nyuma y’imirwano ikomeye y’iminsi itatu nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa FARDC wemeza ko abantu 9 bishwe. Biravugwa ko FARDC yatangije, […]

Minisitiri w'Umurimo wa Amerika yeguye ku mirimo ye

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika aravuga ko Minisitiri w’Umurimo, Alexander Acosta, yeguye kubera uburyo yitwaye mu kibazo cy’umuherwe Jeffrey Epstein waregwaga gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina. Perezida Trump yabitangaje kuri uyu wa Gatanu, itariki 12 Nyakanga, Acosta amuhagaze iruhande mbere y’uko afata urugendo yerekeza muri Leta za Wisconsin na Ohio. […]

Hatangijwe urugendo ruganisha ku bwumvikane hagati y'u Rwanda na Uganda

Mu nama yahuje abakuru b’ibihugu bya Angola, u Rwanda, Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafatiwemo imyanzuro irimo no kuba u Rwanda na Uganda bigiye kwicara bigasasa inzobe, bishaka umuti w’amakimbirane ari hagati yabyo. Atangiza iyi nama yaberaga muri Angoka kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nyakanga 2019, Perezida w’iki gihugu, JoĂ ÂŁo Lourenà§o […]

Ndi Fille-mère, mukuru wanjye yabuze urubyaro none umugabo we arashaka ko tubyarana- Nkore iki?

Ndi umukobwa ariko wabyariye iwabo(Fille-mère), umwana wanjye afite imyaka ine, mukuru wanjye nawe amaze imyaka itandatu yarabuze urubyaro none umugabo we aba ansaba kuba nabyarana na we. Uyu muryango wagerageje kwivuza ahantu hatandukanye ariko ntabwo basanga bafite ikibazo cyababuza kubyara, gusa nabo ubwabo byarabayobeye, bategereje icyo Imana izagena, ariko umugabo we ntabyumva. Mu kwezi gushize […]

Ese Gen. Laurent Nkunda yaba yaraguranwe Abega na Bazeye ba FDLR?

Mu gihe amezi agiye kuba Atanu Laforge Fils Bazeye wari Umuvugizi wa FDLR na Lieutenant-Colonel Theophile Abega wari ushinzwe iperereza boherejwe mu Rwanda, bimwe mu binyamakuru byo muri Congo bitangaza ko ubwo u Rwanda rwasabaga Congo aba bayobozi, narwo rwasabwaga Gen. Laurent Nkunda wahoze ari umuyobozi w’inyeshyamba za CNDP. Mu Ukuboza 2018, nibwo Bazeye na […]

Nyamasheke: Umugabo yabengeye umugore we mu rusengero, arusohokamo yiruka

Mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke haravugwa inkuru y’akumiro,aho umugabo Murwanashyaka Innocent w’imyaka 30, yasohotse mu rusengero rwa EAR/ Paruwasi Gisuma- Remera mu kagari k’Impala agata umugore we Nyiransabimana Gloriose. Gloriose wari wambaye agatimba, bari kuri alitari, niho umugabo yamusize  ariruka, ari umugore ,pasiteri wari ugiye kubasezeranya n’ abari babutashye bose bagwa mu […]

Col. Tom Byabagamba n'abo bareganwa bangiwe kurekurwa by'agateganyo

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nyakanga 2019, Urukiko rw’ubujurire i Kigali rwatesheje agaciro ubusabe bwa Col. Byabagamba, Rtd Gen. Frank Rusagara n’uwari umushoferi we, Franà§ois Kabayiza, bari basabye kurekurwa bakaburana ubujurire badafunze. Abaregwa bari batanze impamvu zinyuranye bavuga ko zikwiye gutuma mu bujurire bakurikiranwa badafunze. Mu mpamvu zabo harimo gufungwa binyuranyije n’amategeko, aho […]

Burundi: Banki yigenga irashinjwa gutera inkunga abitwaje ibirwanisho

Banki yigenga mu gihugu cy’u Burundi izwi nka InterBank Burundi kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 10 Nyakanga, yashinjijwe n’Urukiko rwo mu Mujyi wa Bujumbura gukorana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa Congo. Ubutabera bw’u Burundi bwafunguye dosiye kuri InterBank Burundi nyuma y’aho amafaranga abarirwa muri miliyoni n’igice y’Amadolari yari agiye kwibirwa mu Gatumba, […]

Turkiya yatangiye kwakira ubwirinzi bwo mu kirere, S-400, yaguze mu Burusiya Amerika itabishaka

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 12 Nyakanga, I Ankara muri Turkiya hagejejwe uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere buzwi nka S-400 iki gihugu cyaguze mu Burusiya Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitabikozwa. S-400 bufatwa na bamwe mu mpuguke nk’ubwirinzi bwa za missiles buteye imbere kurusha ubundi ku Isi. Ubu buryo bw’ubwirinzi bw’ibitero bwo mu kirere […]

Umugabo wanjye akunda ko dutera akabariro mu buryo bumvunnye-umugore w’ i Kigali

Umugore utuye mu Mujyi wa Kigali utarashatse ko dutangaza amazinaye avuga ko yumva abangamiwe n’umugabo we umuhenesha mu gihe cy’akabariro kuko ngo atabikunda. Nk’uko bisanzwe, abinyujije kuri info@bwiza.com, uyu mugore uvuga ko afite imyaka 34 akaba afitanye n’umugabo we abana batatu avuga ko ibyo akorerwa n’umugabo we mu gihe cy’igikorwa cy’abashakanye kimubangamiye. Avuga ko asanga […]

Perezida Kagame yageze muri Angola aho agiye guhurira na Museveni, Tshisekedi & JoĂ ÂŁo

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze i Luanda, Umurwa Mukuru wa Angola, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nyakanga 2019, aho agiye guhurira n’abakuru b’ibihugu bya Uganda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Angola. Nk’uko Perezidansi y’u Rwanda yabitangaje ibicishije ku rukuta rwayo rwa Twitter, ngo Perezida Kagame w’u Rwanda, Museveni wa Uganda, Tshisekedi […]

[U Rwanda] Ni igihugu cy'ubwisanzure- Min. Sezibera

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Richard Sezibera, abona umuryango w’abanyamakuru batagira umupaka (Reportes Without Borders), uyu mwaka washyize u Rwanda ku mwanya wa 155 mu bihugu 180, atari wo ukwiriye gukora urwo rutonde. Umuryango w’abanyamakuru batagira umupaka washinzwe mu 1985, uharanira ubwisanzure bw’itangazamakuru. Buri mwaka usohora raporo ivuga uko ubwo bwisanzure buhagaze ku Isi. Min. […]

Musanze/Bihira: Bagaragaje ingorane baterwa no kutagira umuriro w'amashanyarazi

Abaturage bo mu Kagari ka Bihira, Umurenge wa Kimonyi, mu Karere ka Musanze, bavuga ko kuba batagira umuriro w’amashanyarazi bibagiraho ingaruka nyinshi zirimo n’uko abana babo batajya basubiramo amasomo. Bavuga ko bari mu icuraburindi baterwa no kutagezwaho umuriro w’amashanyarazi, bagasaba ko nabo bayahabwa bimwe mu bibazo bibugarije bagaca ukubiri nabyo. Uyu muturage ati “Abana bakabaye […]

Umuyobozi w’Inama y’Igihugu y’Umutekano ya Israel yabonanye n’abayobozi b’u Rwanda

Intumwa idasanzwe ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, Meir Ben Shabbat, kuri uyu wa Gatatu ushize yageze mu Rwanda agirana ibiganiro byo ku rwego rwo hejuru na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ndetse n’abandi bayobozi bakuru barimo ba minisitiri, abakuriye inzego z’umutekano n’abasirikare bakuru. Iyi nkuru dukesha The New Times iravuga ko Ben- Shabbat […]

Kenya: Abakobwa 11 bafashwe bifata filimi z'urukozasoni

Kuri iyi tariki ya 12 Nyakanga 2019, polisi ya Kenya yataye muri yombi abakobwa 11 bafashwe bifata amashusho ya filimi z’urukozasoni (pornography) muri Nyali ho mu mugi wa Mombasa. Abantu babiri, umugore n’umugabo ni bo bakekwaho gushuka aba bakobwa ngo bifate amashusho. Na bo bamaze kugera mu maboko ya polisi kugira ngo bakorerweho iperereza. Inkuru […]

Nyanza: Bahinga bahendwa bagasarura bahendwa

Abahinzi bo mu karere ka Nyanza bavuga ko bahendwa ku ifumbire n’imbuto, aho batanga amafaranga 800 ku bishyimbo n’ibihumbi umunani ku mashaza. Mu isarura batanga umusoro w’ubukode bw’igishanga ku bihumbi ijana ubundi ngo “bagataha amara masa”, ibintu bifuza ko byahinduka. Ni mu kiganiro cyahuje abahinzi n’aborozi bo mu karere ka Nyanza bafashwa mu rwego rw’ibiganiro […]

Byagoye  Social Mula gusubiza niba  yakongera gukorana na Muyoboke

Umuhanzi Lambert Mugiraneza uzwi nka Social Mula atangaza ko bigoranye kuba yagira icyo avuga ku kuba yakongera gukorana na Alex Muyoboke nk’ushinzwe inyungu ze (manager). Social Mula ni umwe mu bahanzi bakomeye bakoze indirimbo zakunzwe cyane zirimo ‘Umuturanyi’, ‘Amahitamo’, ‘Ma Vie’, ‘Abanyakigali’, ‘Ku Ndunduro’ n’izindi nyinshi. Uyu muhanzi yatandukanye na Alex Muyoboke mu bihe bishize. […]

Sudani: Haburijwemo umugambi wo guhirika ubutegetsi

Abahagarariye akanama ka gisirikare kayoboye igihugu cya Sudani kuri uyu wa kane bemeje ko haburijwemo umugambi wo guhirika ubutegetsi mu gihe amasezerano bagiranye n’abayoboye imyigaragambyo ku nzibacyuho yendaga gushyirwaho umukono mu minsi iri imbere. “Ba ofisiye n’abasirikare n’abagize inzego z’igihugu z’ubutesi, barimo abasezerewe, bagerageje guhirika ubutegetsi,” ibi ni ibyatangajwe kuri uyu wa Kane ninjoro na […]

Umugabo wategetswe n’umupfumu gusambanya imirambo y’abagore 21 yafatiwe ku wa 19

Ndumiso James ni umugabo w’imyaka 53 y’amavuko, atuye mu gace ka Bulembu, muri Swaziland, ubu ari mu maboko y’ubutabera nyuma yo gufatwa asambanya imirambo y’abagore. Uyu mugabo ngo asanzwe afite umugore n’abana babiri mu icyenda yari yarabyaye. Umugore we wa mbere yitabye Imana n’abana batatu yari yarabyaye. Ndumo ngo yaje gushaka umugore wa Kabiri, abyara […]

Guverineri Zoe Kabila n’uwo yasimbuye ntibavuga rumwe ku mwenda avuga yasigiwe

“ Sinemera ko nasigiye Intara ya Tanganyika umwenda wa miliyoni 5 z’Amadolari y’Abanyamerika kandi sinigeze naka umwenda ungana gutyo ,” ibi ni ibyemejwe na Richard Ngoy Kitangala, wahoze ari Guverineri w’Intara ya Tanganyika mu kiganiro n’itangazamakuru i Kinshasa kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 10 Nyakanga. Bwana Richard Ngoy Kitangala aranyomoza ibiherutse gutangazwa n’uwamusimbuye, Zoe […]

Abantu 212 bamaze kwicwa mu Burundi kuva umwaka wa 2019 watangira- HRW

Umuryango uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu ku Isi, HRW, utangaza ko kuva muri Mutarama kugera muri Kamena 2019, abantu 212 bagiye bicwa mu buryo butandukanye, mu gihugu cy’u Burundi. Raporo y’uyu muryango yashyizwe ahabona ku wa Kabiri tariki ya 9 Nyakanga 2019, igaragaza ko abantu 212 aribo bishwe, ariko abo imirambo yabo yabonetse ni 104. Uyu muryango […]

Gen. Lokech uzwi nk’Inyenyeri y’Intambara yo muri Somalia yagizwe umuyobozi w’ingabo zirwanira mu kirere

Maj. Gen. Paul Lokech, bahimba “Inyenyeri y’Intambara yo muri Somalia’ yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira mu kirere. Gen. Lokech, ufatwa nk’umwe mu bayobozi beza b’ingabo ku rugamba, yasimbuye Maj. Gen. James Birungi, uherutse kugirwa Umuyobozi w’Umutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu, Special Forces Command. Iyi nkuru dukesha Chimpreports iravuga ko Gen Lokech yagize uruhare […]

Libya yasabye u Bufaransa ibisobanuro kuri missiles zabwo zasanzwe ku ruhande rwa Gen. Haftar

Leta yemewe n’amahanga ya Libya kuri uyu wa kane yasabye ibisobanuro byihuse nyuma y’aho u Bufaransa bwemereye ko missiles zakuwe mu nkambi y’inyeshyamba za Gen. Khalifa Haftar I Tripoli ari izabo. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Libya, Mohammed Tahar Siala, yasabye mugenzi we w’u Bufaransa, Jean Yves Le Drian gusobanura mu maguru mashya uko izo missiles […]