Ibigo by’imari birasaba gukorerwa ubuvugizi

Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rw’intumwa za rubanda umutwe wa sena bagirira mu karere ka Gatsibo kwikubitiro baganiriye n’icyiciro cy’ibigo by’imari bikorera mu karere ka Gatsibo ku bufatanye bw’ibigo by’imari n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere(RDB) mu iterambere ry ‘umuturage.   Jean Francois BAMPORIKI, umucungamutungo wa banki y’abaturage ishami rya Kabarore yavuze ko RDB nk’ikigo cy’igihugu cy’iterambere cyabafashije […]

Uganda: Maj. Gen.Levi Karuhanga yapfuye

Paddy Ankunda umuvugizi w’igisirikare cya Uganda UPDF, niwe wemeje aya makuru ko Maj. Gen. Levi Karuhanga wari Umukuru w’urukiko rwa gisirikare rwa Uganda yitabye Imana ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 21 Mata 2016. Paddy Ankunda avuga ko yapfuye ubwo yari ari iwe by’umwihariko akaba yari amaze gufata amafunguro, ati: “ Yaguye […]

Nyuma ya Cuba, Perezida Obama yagiye no muri Arabie Saoudite

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Barack Obama kuri uyu wa Kane Taliki 20 Mata 2016 yagiriye uruzinduko muri Arabie Soudite, mu gihe ibi bihugu byari bisanzwe bitavuga rumwe. Obama yagiranye ibiganiro, n’umwami wa Arabie Soudite, Salma bigamije gushimangira imigenderanire mbere yo kwitabira inama ihuza ibihugu byo mu kigobe cy’ibihugu bya Abarabu kuri uyu […]

Havumbuwe ubuvumo bunyuzwamo urumogi

Kuri uyu wa Gatatu nibwo Toni 1 ya Cocaine na Toni 7 z’urumogi zafatiwe mu buvumo bwavumbuwe, ziva muri mexico rwerekezwa San Diego Calfonia. Ubu buvumo bwubatse ku buryo bwa gihanga kuko bufite n’inzira y’ubakitse mu buryo bw’iya gariyamoshi. Abantu 6 nibo bafashwe ubwo bari bamaze gupakira ibiyobyabwenge bitegura kubinyuza muri ubwo buvumo ngo babyambukane. […]

Abapolisi n’abakora umwuga w’itangazamakuru bari mu mahugurwa ku mutekano w’abanyamakuru

Kuri uyu wa kane tariki ya 21 Mata, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, hatangiye amahugurwa y’iminsi 3 ahuza abapolisi na bamwe mu bakora umwuga w’itangazamakuru, bakaba barimo guhugurwa ku guteza imbere uburenganzira bwo kuvuga icyo utekereza, umutekano w’abaturage n’umutekano w’abanyamakuru. Aya mahugurwa akaba anafite intego yo kureba uko abapolisi n’abanyamakuru barushaho […]

Perezida wa Zambiya yahumurije Abanyarwanda basahuwe

Perezida Edgar Lungu wa Zambiya yavuze ko ubusahuzi bwakorewe Abanyamanga i Lusaka ari igisebo kuri Zambiya aboneraho no kubahumuriza. Muri ubwo busahuzi burimo imvururu bwamaze iminsi 2, hasenywe amaduka y’abimukira b’Abanyarwanda arenga 60. Perezida Lungu yasuye abo bantu bakuwe mu byabo ubu bahungiye mu rusengero. Umunyarwanda waganiriye na BBC dukesha iyi nkuru, wari uri mu […]

Col Buzobona Emmanuel ngo yishwe akekwaho gukorana na Gen Niyombare Godefroid

Nyuma y’urupfu rwa Col Buzobona Emmanuel hagiye habaho guterana amagambo hagati y’uruhande rushyigikiye Leta ndetse n’urundi ruyirwanya, bamwe bashinja abandi kumwirenza, Hussein Radjab wahoze ari umuyobozi wa CNDD FDD we ashinja Leta ya Nkurunziza kumwirenza ndetse ko bikekwa ko yazize kuba yakoranaga na Gen Niyombare. Radjab avuga ko Col Buzobona Emmanuel yari umusirikare ushyira mu […]

Polisi y’u Rwanda yashubije imodoka ebyiri bene zo bari barabuze

Ku italiki ya 21 Mata, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’ u Rwanda habereye igikorwa cyo gushyikiriza imodoka ebyiri bene zo zikaba zari zaribwe maze zifatirwa ku mipaka y’u Rwanda mu bihe bitandukanye. Muri icyo gikorwa , Assistant Commissioner of Police (ACP) Anthony Kulamba, Umuyobozi wa Polisi Mpuzamahanga n’ubutwererane muri Polisi y’u Rwanda, ari nawe […]

Ku myaka 47, Jennifer Aniston yambitswe ikamba ry’umugore mwiza ku isi

Mu birori byabereye mu mujyi wa Hollywood ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20 Mata 2016, Jennifer Aniston w’imyaka 47 y’amavuko, niwe wegukanye ikamba ry’umugore uhiga abandi mu buranga. Nyuma yo gutorwa nk’umugore uhiga abandi mu bwiza muri uyu mwaka wa 2016, Jennifer Aniston yavuze ko ibyo bidaterwa no kwisiga cyane. Yagize […]

FIFA yashatse guha akazi perezida Nkurunziza ngo ntaziyamamaze ariko aranga

Umuvugizi wa perezidansi y’u Burundi, Willy Nyamitwe, yatangaje ko uwahoze ari perezida wa FIFA, Sepp Blatter yagerageje guha akazi perezida Pierre Nkurunziza ngo ntazahatanire gukomeza kuyobora u Burundi ariko akanga. Willy Nyamitwe yavuze ko benshi bagerageje guca mu nzira zitandukanye ngo babuze Nkurunziza kwiyamamaza harimo n’ababigerageje banyuze mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, ariko […]

Tanzania igiye guha ubwenegihugu impunzi z’ Abarundi

Impunzi z’ Abarundi bahungiye muri Tanzaniya muri Gicuransi 2015, bagiye guhabwa ubwenegihugu nyuma y’uko bahunze ubwicanyi bwakorerwaga iwabo. Leta ya Tanzaniya ngo yaba yamaze kugenzura neza impunzi zikwiye guhabwa ibyangombwa biranga umwenegihugu. Iki gikorwa kikaba kizatangira mu mpera z’uyu mwaka wa 2016 aho buri mpunzi izajya ibona serivisi zihabwa umuturage wa Tanzaniya. Hamad Yusufu Masauni, […]

Ntabwo nanga abantu n’uwanyanga we yaba yihemukira — Minisitiri w’Intebe

Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, aherutse gutangaza ko ari umuntu wizera Imana ndetse n’abantu ndetse ko nuwamwanga yaba yihemukira kuko adashobora kumwanga. Ibi Minisitiri w’Intebe yabitangarije mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 wabereye kuri Minisiteri y’Intebe , aho yatangiye ijambo rye avuga ko yabaye Minisitiri w’Intebe mu buryo butunguranye […]

Abanyeshuri bigaragambije bambaye ubusa- REBA AMAFOTO

Mu ijoro ryakeye ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20 Mata 2016, Abanyeshuri bo muri Kaminuza yitwa Rodes University bigaragambije bambaye ubusa bashaka kugaragaza imbaraga nke z’abashinzwe umutekano bakagombye kubarinda ifatwa ku ngufu. Imyigaragambyo yatangiye ku cyumweru iza guhindura isura kuri uyu wa Gatatu ubwo abanyeshuri bigabije imihanda n’ibyapa byanditseho amagambo agaragaza imbaraga nke […]

Nyagatare: Undi mukobwa wari wanyweye imiti yo gukuramo inda nawe yitabye Imana

Umukobwa wa kabiri wari warokotse mu gikorwa cyo gukurirwamo inda mu buryo bunyuranije n’amategeko nawe yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri ushize nyuma y’undi nawe wari wahitanywe n’iki gikorwa muri iri vuriro. KTpress dukesha iyi nkuru ivuga ko amakuru ayigeraho avuga ko uyu mukobwa yari afite inda y’amezi atatu gusa akaba yari atwite umwana w’umuhungu. […]

Kunyura mu makuba n’izindi ngorane mu buzima bituruka hehe?

Hahirwa ababa mu nzu yawe, Babasha kugushima ubudasiba. Hahirwa umuntu ugufitemo imbaraga, Hahirwa abafite mu mitima inzira zijya i Siyoni. Iyo banyuze mu gikombe cyitwa Baka bagihindura ahantu h’amasōko, Imvura y’umuhindo icyambika imigisha. Bagenda bagwiza imbaraga, Umuntu wese wo muri bo aboneka mu maso y’Imana i Siyoni. Zaburi 84:5-8. Zaburi 23:4 4Naho nanyura mu gikombe […]

RDC: Abasirikare batatu ba FARDC bivuganwe n’inyeshyamba za FDLR

Abasirikare batatu ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bahitanywe n’ibikomere bakuye mu mirwano yabahuje n’inyeshyamba za FDLR ubwo zabagabagaho igitero mu ijoro ryo kuwa Kabiri rishyira kuwa Gatatu mu burasirazuba bwa Congo nk’uko umuvugizi w’ingabo yabitangarije AFP. Nk’uko Capt. Guillaume Djike yabitangaje ngo iki gitero gitunguranye cyagabwe na FDLR cyabereye ahitwa Buvunga muri Teritwari ya […]

Uburyo wakwivura indwara yo kwikinisha ku giti cyawe

Indwara yo kwikinisha iterwa n’ibintu byinshi, harimo kurangazwa n’ikimero cy’abakobwa kureba amafirime y’ubusambanyi kuganira cyane amagambo arimo ubushotozi bwo kuryamana hagati y’abahungu n’abakobwa ,kwisiritanaho ,abahungu bakunda gukorakora amabere y’abakobwa ,abakobwa bakunda gusomana bya cyane ,abakobwa bakunda gukorakora abahungu. Muri make ibyo mvuze haruguru ntibyakagombye gutera ikibazo, ingorane zivuka iyo umuntu ari wenyine cyagihe aba aruhuka […]

Rugby: Ubuyobozi bushya bugiye kubaka ikibuga mpuzamahanga mu Rwanda

Nyuma y’itariki ya 09 Nzeri 2014, ubwo habaga ivugururwa ry’ ubuyobozi bw’umukino wa Rugby mu Rwanda bugasiga Alex Araire ari we Perezida mushya ku matora yari yabereye kuri sitade Amahoro, iyi manda nshya yiyemeje guhindura byinshi ikaba igiye no kubaka ikibuga mpuzamahanga kihariye cya Rugby dore ko bakiniraga mu bya football. Aya matora yari yakozwe […]

Muhanga: Inshike ziremeza ko Perezida Kagame yazibereye umuryango

Abakecuru b’Inshike bo mu Mirenge ya Mushishiro na Nyarusange mu Karere ka Muhanga baremeza ko Perezida Kagame yazibereye imiryango babuze. Abakecuru biganjemo abari hejuru y’imyaka 70 y’amavuko b’inshike za Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko bari barihebye kubera gupfusha bagasigara bonyine ntawe barora, bazi ko bazapfa, ariko Perezida Kagame akaba yarabahaye amatungo yo korora, abubakira amazu […]

Uganda: Amama Mbabazi yambuwe imodoka yari yarahawe na leta

Amama Mbabazi wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Uganda akaba aherutse no gutsindwa mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka, yambuwe imodoka yari yaragenewe na leta. Iyi modoka yo mu bwoko bwa Pajero yirabura ngo ikaba yarafatiwe i Kampala kuri uyu wa Gatatu ijyanwa ku rubuga rwitiriwe ubwigenge ruri ahitwa Kololo. Mbabazi nk’uwahoze ari minisitiri w’Intebe, akaba hari […]

Umukobwa yabaze nyirasenge wapfuye amukuramo impinja z’impanga

Kaumate Monique yari umugore ukomoka muri Cameroun yari atwite impanga, ariko kubera kubura ubwishyu yatewe utwatsi n’abaganga apfira ku marembo y’ibitaro. Umunsi yari agiye kubyarira kwa Muganga, bitewe no kutagira amafaranga ahagije, yangiwe kubyazwa ahita apfira ku marembo y’ibitaro “Hospital la Quintanie”. Ubwo nyina yapfaga, abo bana bari bakimurimo batarashiramo umwuka, Umwishywa wa nyakwigendera yabajije […]

London: Inzu yaguzwe asaga miliyoni 400 bikekwa ko ari iya Kayumba Nyamwasa igiye kwigwaho

Inyubako y’agaciro iri mu mujyi wa London mu Bwongereza yari yashyizwe ku isoko igiye kubanza gukorwaho iperereza nyuma yo gusanga hari aho ihuriye n’Umunyarwanda wahunze igihugu, Kayumba Nyamwasa. Biravugwa ko Kayumba yaguze iyi nzu iri mu mujyi wa London mu 2002 ubwo yari umusirikare ari n’umunyeshuri I London mu Bwongereza. Bivugwa kandi ko nyuma yo […]

Col.Buzobona Emmanuel wari mu gisirikare cy’u Burundi yishwe

Mu gihe hakomeje kugaragara umwuka mubi mu gisirikare cy’u Burundi, uyu munsi hicwa umwe ejo hakicwa undi rimwe na rimwe bikitwa kwihorera, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20 Mata 2016, Col Buzobona Emmanuel yishwe n’abantu bataramenyekana. Uyu mukoroneli ngo yahoze mu ngabo PMPA zahoze mu ishyamba nyuma baza kwinjizwa muri FDN, […]

Burkina Faso irigira ku ngamba u Rwanda rukoresha mu kurwanya ruswa

​Itsinda rigizwe n’abantu 6 bagize komisiyo yo kurwanya ruswa mu gihugu cya Burkina Faso basuye Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa gatatu taliki ya 20 Mata ku cyicaro gikuru cyayo kiri ku Kacyiru, mu ruzinduko barimo kugirira mu Rwanda guhera ku wa mbere w’iki cyumweru. Intego nyamukuru y’uruzinduko rw’iri tsinda muri Polisi y’u Rwanda, akaba […]

Mexico: Umupolisikazi yakuyemo ishati yifotora amabere ari ku kazi-AMAFOTO

Nidia Garcia usanzwe ari umu Polisi muri Mexico, yabaye ahagaritswe nyuma yo gukuramo ishati akifotora igice cyo hejuru ubwo yari ku kazi, maze iyo foto ayishyira ku rukuta rwe rwa Facebook. Uyu mupolisikazi, ibyo yabikoze ubwo yarimo azenguruka mu gace ka Escobedo n’imodoka y’akazi acunga umutekano, gusa nyuma yaje gutungurana ubwo yakuragamo ishati akifotora ifoto […]

Nyamasheke: Kolera yatangiye kwica abantu

Imirenge ya Kagano na Bushekeri ho mu Karere ka Nyamasheke yugarijwe n’icyorezo cya Kolera kimaze guhitana umuntu umwe mu gihe abandi 22 bajyanywe kwa muganga ngo bakurikiranwe nk’uko byemejwe n’Umuyobozi wungirije w’akarere ushinzwe imibereho myiza, Claudette Mukamana. Uyu muyobozi yavuze ko uwitwa Nkuyamubiri Jean wari uri mu kigero cy’imyaka 50 wo mu Mudugudu wa Nyabageni, […]

Yafashwe asambanya indogobe ngo azakire Sida

Umugabo wo mu gihugu cya Zimbabwe yatawe muri yombi ashinjwa ibikorwa by’urukozasoni byo gusambanya inyamanswa nyuma yo gufatwa asambanya indogobe ngo arebe ko yamuvura agakoko gatera sida nk’uko byatangajwe n’igipolisi cya Zimbabwe. Igipolisi cy’ahitwa Zvishavane cyavuze ko cyataye muri yombi Dennis Muteyo w’imyaka 44 nyuma yo gufatwa asambanya indogobe yari irimo irarisha mu murima. Mu […]

Ese ni iyihe myaka fatizo umuntu agomba gukoreraho imibonano mpuzabitsina bwa mbere?

N’ubwo iyobokamana ryemeza ko umuntu wese yemerewe gukora imibonano mpuzabitsina ari uko yashyingiranwe na mugenzi we bemeranyijwe kubana akaramata, byemewe n’amategeko n’idini. Abahanga muri Science nabo bafite uko batangaza imyaka fatizo umuntu yemerewe gukoramo imibonano mpuzabitsina. Abashakashatsi muri Kaminuza ya Cambridge mu Bwongereza, bavuga ko abakuru n’urubyiruko ruri munsi y’imyaka 18, bahora n’ikibazo cyo kutamenya […]

RDF n’Ingabo z’Amerika barahererekanya ubunararibonye ku kubungabunga amahoro

Ingabo z’u Rwanda hamwe n’Ishami rya Minisiteri y’Ingabo z’Amerika (ACOTA) bakoze amahugurwa y’iminsi 2 ku bikorwa byo kubungabunga amahoro. Iyi nama nyunguranabitekerezo irabera ku cyicaro cya RDF kuva tariki 19 kugera tariki 20 Mata 2015. Iyi nama igamije gusangira ubumenyi ku bikorwa byo kubungabunga amahoro. Buri mwaka iyi nama nsuzumabikorwa ihuza RDF n’Ingabo za Amerika […]

Jose Mourinho ashobora gutoza PSG akereka munsi y’ibirenge Man Utd

Mu gihe hashize iminsi itari mike hanugwanugwa ko Mourinho yaba agiye gutoza ikipe ya Manchester United, ntibivugwaho rumwe kuko kugeza ubu yamaze kwegerwa n’ikipe ya Paris Saint Germain ngo abe yayibera umutoza. Umuyobozi wa PSG, Nasser Al-Khelaifi nyuma yo kubabazwa n’uko ikipe ye isezerewe mu irushanwa rya UEFA champions League,yafashe icyemezo cyo gusaba umufatanyabikorwa wa […]

Burundi: Umusirikare mukuru wari ushinzwe iperereza yaburiwe irengero

Umusirikare mukuru mu ngabo z’u Burundi wakoraga mu bijyanye n’iperereza amaze iminsi atagera ku kazi kuva muri weekend ishize, bagenzi be bakavuga ko yaba yaragiye mu bwihisho. Uyu akaba yiyongereye ku bandi basirikare bakuru bahunze igihugu bamwe bakajya mu mitwe irwanya ubutegetsi. Lt Col. Alexandre Mbazumutima, ngo ukomoka mu bwoko bw’Abatutsi, akaba yari ashinzwe iperereza […]

RDC: Abantu 12 baguye mu mirwano hagati ya FARDC na MaĂ ÂŻ-MaĂ ÂŻ Simba

Abantu 12 baguye mu mirwano yahuje ingabo za Congo, FARDC, n’inyeshyamba zo mu mutwe wa MaĂ ÂŻ-MaĂ ÂŻ Simba . iyo mirwano ikaba yabereye kuri uyu wa Kabiri nyuma ya saa sita ahitwa Biakato-Centre, agace gaherereye mu birometero nka 250 mu majyepfo y’uburengerazuba bw’umujyi wa Bunia muri Teritwari ya Mambasa. Mu bishwe biravugwa ko 11 ari inyeshyamba […]

Intara y’ Iburasirazuba niyo irimo abantu benshi bishwe n’ abafite ingengabitekerezo ya Jenoside – CNLG

Kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Mata 2016, Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside, CNLG, yashyize ahagaragara ibikubiye mu bushakashatsi bubiri iheruka gukora kuri jenoside, aho bumwe bwibanze ku itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya jenoside mu cyahoze ari perefegitura ya Gisenyi, ndetse n’uko ingengabitekerezo ya jenoside mu Rwanda iteye kuva mu 1995-2015 n’ingaruka zayo ku Muryango […]

Uganda: Amazina ya bamwe mu Banyarwanda bakatiwe amezi 8 y’igifungo

Umucamanza wo mu rukiko rw’ibanze rwa Kisoro yakatiye Abanyarwanda n’Abakongomani bagera kuri 25 igihano cyo gufungwa amezi 8 bazira kwinjira muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Bamwe mu baciriwe urubanza ni abitwa: Oliver Manilanume, Shyirambere Iniciabil, Mubanza Mutokambali, Dieu Isasilika, Kibibi Paul, Bamperekereze Festo, Nsengiyumva Albert, Ndayambaje Bernard, Keshine Bakurukira, Arakiza Sebagenzi, Nathan Achekema, Sadic […]

Urutonde rw’abasirikare bishwe n’abagezwe amajanja mu gisirikare cy’u Burundi

Nyuma y’aho perezida Nkurunziza atangarije ko agiye kongera kwiyamamaza kuri manda ya 3 nibwo imvururu zatangiye mu Burundi, abantu bicwa abandi bagahunga ari nabyo byabaye intandaro yo gucikamo ibice no mu gisirikare. Ibi kandi bikaba byaranabaye imbarutso y’iyicwa rya bamwe abandi bagerwa amajanja. Ku ikubitiro Gen Adolphe Nshimiyimana warwanye urugamba rukomeye mu nyeshyamba zari iza […]

RDC: Umuvugizi w’ingabo aravuga ko ingabo z’u Rwanda zari zikurikiranye FDLR zasubiye inyuma

Amakuru aturuka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko ingabo z’u Rwanda zinjiye ku butaka bwa Congo nk’uko byemejwe kuri uyu wa Kabiri tariki 19 n’umuvugizi wa region ya 34 y’ingabo za FARDC, Capt. Guillaume Ndjike Kaiko. Uyu muvugizi w’ingabo yagezaga ku itangazamakuru ibyavuye mu iperereza ry’itsinda ry’ingabo ryakozwe mu gitondo cyo kuri uyu […]

Polisi y’u Rwanda yashyikirije moto yibwe muri Uganda ba nyirayo

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Ikigo cyo mu gihugu cya Uganda gikora ubushakashatsi mu bijyanye n’ubuhinzi cyitwa (International Institute of Tropical Agriculture-Uganda-IITA) moto yacyo yibwe muri iki gihugu iza gufatirwa mu Rwanda. Iyo moto yo mu bwoko bwa Yamaha ifite nomero ziyiranga UDX339Z yafashwe ku itariki 27 Werurwe na sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Ngarama, […]

Ntituzigera turekera Gambia mu maboko y’imbwa — Yahya Jammeh

Perezida Yahya jammeh wa Gambia yagiriye inama abaturage be yo kutazashukwa n’abatifuriza Afurika iterambere, ashimangira ko Gambia izakomeza kuba igihugu cy’amahoro. Ibi perezida Jammeh akaba yabibwiye abanyamakuru ubwo yari yururutse indege akubutse mu gihugu cya Turkiya, aho yari yitabiriye inama ya 13 ya OIC (Organisation of Islamic Cooperation). Yahya Jammeh utorohewe kuva mu cyumweru gishize […]

Nyagatare: Batatu bafatanywe inka enye bikekwa ko bari bazibye

Abagabo batatu bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Karangazi, mu karere ka Nyagatare, bakaba bakurikiranyweho kwiba inka enye mu nzuri ebyiri ziri mu kagari ka Karama, mu murenge wa Karangazi. Abakekwa gukora iki cyaha ni Muhinda William ufite imyaka 23 y’amavuko, Rudasingwa Theogene ufite imyaka 21 y’amavuko, na Gakwerere Sam ufite imyaka 20 […]

Zambia: Ambasade y’u Rwanda irashima uko ubuyobozi bugerageza gukemura ikibazo cy’abanyamahanga bibasiwe

Ambasade y’u Rwanda i Lusaka muri Zambia irashimira igipolisi cy’iki gihugu ku bikorwa iri gukora byo guhashya abaturage bibasiye abanyamahanga biganjemo Abanyarwanda babasahura utwabo. Ushinzwe ibikorwa muri iyi ambasade, Abel Buhungu, yavuze ko ambasade y’u Rwanda inyuzwe n’ibikorwa by’igipolisi cya Zambia. Buhungu yagize ati: “Tunejejwe no gutabara byihuse kwa polisi ku bitero bigaragara ko byibasiye […]

Abana bo mu kagari ka Remera basobanuriwe birambuye kuri Jenoside yakorewe abatutsi

Nyuma y’uko abana bo mu Kagari ka Remera mu Murenge wa Nyamabuye basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kabgayi bagasobanurirwa amateka ya Jenoside kandi abana bakagaragaza ko hari ibyo basobanukiwe, Abuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko gutoza abana gusura inzibutso no kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi bizagabanya ingengabitekerezo yayo. Umukozi w’Akarere ka Muhanga ushinzwe Urubyiruko, umuco […]

Bugesera: Barashimira Perezida Kagame wabagejejeho Girinka Munyarwanda

Ibirori byo gutanginza gahunda ya Girinka Munyarwanda mu ntara y’Iburasirazuba byabereye mu karere ka Bugesera, umurenge wa Rweru kuri uyu wa kabiri tariki ya 19 Mata 2016, abaturage bakaba bashimira cyane Perezida Kagame wabagejejeho iyi gahunda. Iyi gahunda yari iyo guha inka abaturage batari bazifite n’abazihawe bakitura ku mugaragaro, mu magambo yavugiwe aho bagiye bagaruka […]

Nyagatare: Nyiri Lukai Health Center akurikiranweho gukuriramo umukobwa inda agapfa

Umugabo ufite ivuriro ryitwa Lukai Health Center mu Karere ka Nyagatera ari mu maboko ya polisi nyuma yo gukekwaho gukuriramo umukobwa inda ariko akahasiga ubuzima. Uyu mugabo witwa Ngarambe Deogratias bakunda kwita Rukanika ndetse n’umuzamu w’iri vuriro batawe muri yombi na polisi yo mu Karere ka Nyagatare mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki […]

Umugeni yishwe ku munsi w’ubukwe nyuma yo gusanga atakiri isugi

Igipolisi cyo muri Pakistan kiri guhiga bukware umugeni n’abavandimwe be bane nyuma yo gushinjwa kwica umukobwa wari warongowe kubera ko ngo basanze atari isugi. Igipolisi cy’ahitwa Jacobabad cyavuze ko ibi byabaye kuwa Gatanu ninjoro, nyuma y’ubukwe bwa Khanzadi Lashari na Qalandar Bux Khokhar. Abashinzwe iperereza bakaba bakeka ko umusore yanize umukobwa nyuma yo gusanga ngo […]

Justin Bieber yahembye abana bamenyekanye mu ndirimbo Sitya Loss ya Eddy Kenzo

Bieber amaze gukora indirimbo ye yise “Sorry” igasakara hose ariko bagenda bayisubiramo , Abazwi nka “Ghetto Kids” bahawe igihembo ku bw’iyi ndirimbo ye aba bana basubiyemo bayibyina. Bitewe n’isubirwamo ry’iyi ndirimbo, Bieber byamukoze ku mutima hanyuma umwe wagaragayemo agenerwa ipantaro n’ikoti [costume] impano yoherejwe na Bieber. Ibi byatangajwe na manager w’aba bana,Dauda Kavuma ko bishimira […]

DGPR yagejeje kuri Minisitiri w’Intebe ubusabe bwo kuvugurura amategeko agenga amatora

Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Mata 2016 ryagejeje kuri Minisitiri w’Intebe ubusabe bwaryo bw’uko habaho amavugurura mu mategeko agenga amatora n’agenga amashyaka ya politiki mu Rwanda. Ubu busabe buje bukurikira ubundi nk’ubu ubwagejejwe ku Nteko Ishinga Amategeko kuwa 10 Gashyantare 2016. Green party ikaba ivuga ko yanagiriwe […]

Kigali: Urubanza rw’abakekwaho ibikorwa by’iterabwoba rwabereye mu muhezo

Urubanza rw’abantu 16 bakekwaho gukorana n’imitwe y’iterabwoba kuri uyu wa Kabiri rwabereye mu muhezo nyuma y’aho ubwo baheruka kugezwa imbere y’Urukiko rwa Gasabo ubushinjacyaha bwari bwasabye ko ubutaha rwazajya mu muhezo. Ubushinjacyaha bukaba bwaragaragaje ko kubera impamvu zikomeye z’umutekano urubanza rwajya mu muhezo ndetse aba banakatirwa igifungo cy’agateganyo cy’iminsi 30 abaregwa bamwe batishimiye bakakijuririra mu […]

Dore impamvu 5 umugabo agomba kuvanamo imyenda umugore, mu gihe cyo gutera akabariro

Nk’uko hari byinshi abashakanye bagomba gukora ngo imibonano mpuzabitsina igende neza ari nako banoza umubano, ni byiza ko umugabo atakwibagirwa kuvaniramo umukunzi we imyambaro, kuko ari kimwe mu bishobora gutuma akabariro kagenda neza. 1.Byongera ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina ku mpande zombi Mu gihe abashakanye bitegura gukora igikorwa cyo kubaka urugo (gutera akabariro) ni byiza […]

Abanyarwanda batangiye kumva akamaro ko kuba muri EAC

Abaturage b’Akarere ka Ruhango n’Abanyarwanda muri rusange barahamagarirwa gukangukira kumenya amahirwe yose ahari yo kuba u Rwanda ruri mu muryango w’Afurika y’Iburasirazuba (East African Community) no kuyabyaza umusaruro. Babikanguriwe kuri uyu wa gatanu tariki ya 15 Mata 2016 mu nama abahagariye inzego zinyuranye muri kano Karere bagiranye n’Itsinda ry’abasenateri bagize Komisiyo y’ububanyi n’amahanga n’umutekano muri […]

Zambia: Amaduka y’Abanyarwanda bakorera i Lusaka ari gusahurwa bashinjwa amarozi

Amaduka y’abanyamahanga ari mu murwa mukuru w’igihugu cya Zambia, Lusaka, yigabijwe n’abaturage bariye karungu aho bayakekaho isano n’ubwicanyi bumaze iminsi buba muri uyu mujyi bakeka ko bufitanye isano n’imihango ya gipfumu nk’uko bitangazwa n’igipolisi. Byibuze abantu batandatu basanzwe bapfuye kuva mu kwezi gushize ariko bimwe mu bice by’umubiri nk’imitima, amabya n’amatwi byarakuweho. Igipolisi cyataye muri […]

Bujumbura: Abantu batazwi bagabye ibitero

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Mata 2016, Amasasu menshi yumvikanye mu gisagara cya Bujumbura, muri karitiye ya Kinama, Kamenge, Jabe hamwe no mu Ngagara muri karitiye ya 5, icyo gitero cyahitanye umuntu umwe abandi 5 barakomereka. Abantu batazwi bagabye igitero ku kabari k’ahazwi nko kwa Ndizeye kari hafi y’inkambi ya […]

Umugandekazi Bad Black yahamije ko yikinishirizaga muri gereza

Umuririmbyi w’indirimbo zihimbaza Imana ukomoka muri Uganda, Shanitah Namuyimba uzwi nka Bad Black yatangaje ko ubwo yari muri gereza yikinishaga (Masturbution). Uyu muhanzikazi yavuze ko ubwo yari inyuma y’inkuta za Gereza atigeze ahwema kumva afite ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina, ariko ngo ntibyamukundira ko ahaza ibyifuzo bye. Uyu muhanzikazi yavuze ko yitabazaga uburyo bwari bumworoheye […]

Sheebah Karungi yakuriye inzira ku murima Pallaso ko atari mu basore yaha urukundo

Muri Uganda nta kindi kirimo kuvugwa, usibye intambara y’amagambo hagati ya Pallaso na Sheebah nyuma y’uko uyu muhanzikazi yivugiye ko atajya mu rukundo n’uyu musore . Mu gihe abafana bari batesheje umutwe Sheebah bamusaba ko yahishura ibirimo kunugwanugwa ko yaba ari mu rukundo na Pallaso, yabisobanuye ashize amanga avuga ko bitashoboka. Mu magambo asesereza yavuze […]

Olivier Mulindahabi aramenya niba akomeza gukurikiranwa afunzwe cyangwa ari hanze

Urukiko rwa Nyarugenge, kuri uyu wa kabiri rurafata umwanzuro ku gukomeza gufunga cyangwa gukurikirana adafunze, umunyamabanga mukuru wa Ferwafa, Olivier Mulindahabi, ukurikiranweho ibyaha bya ruswa no kunyuranya n’amahame agenga itangwa ry’amasoko. Kuwa Gatatu ushize, Mulindahabi yari yasabye urukiko kuba rumurekuye mu gihe iperereza rikomeje, nyuma y’aho yari yananiwe kumvisha urukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga ko rwamurekura […]

Kuri ambasade ya Amerika haturikirijwe igisasu

Kuri uyu wa Mbere ahagana ku isaha ya 09h45 nibwo muri Afghanistan ikihebe (Taliban) cyiturikirijeho igisasu abagera ku 8 barakomereka bikomeye abandi bahasiga ubuzima. Josh Smith umwe mu batangabuhamya, abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yavuze ko yumvishe iturika ridasanzwe ahagana mu gace ka Kabul gaherereyemo inyubako ya Perezida n’abandi bayobozi bakomeye. Yagize ati: “aba […]

Burera: Hakozwe ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana

Mu gihe cy’iminsi itatu, Polisi y’u Rwanda mu karere ka Burera yagiranye ibiganiro n’ababyeyi bafite abana bataye ishuri, abayobozi b’inzego z’ibanze, abarezi mu bigo by’amashuri yo muri aka karere, bose ibakangurira gusenyera umugozi umwe mu kurwanya ihohoterwa iryo ari ryo ryose rikorerwa abana. Inama babisabiwemo zabereye mu mirenge yose 17 igize aka karere kuva ku […]

Bukavu: Haribazwa niba atari igitero cy’iterabwoba giherutse guhitana abantu batatu

Nyuma y’iminsi 3 imodoka iturikiye mu mujyi wa Bukavu abantu batatu bakahasiga ubuzima, kugeza ubu ntiharamenyekana icyaturikije iyo modoka mu by’ukuri kuri ariko abayobozi bo muri Bukavu mu byo bakeka ngo nta terabwoba ririmo nubwo benshi ari ryo baketse. Kuri uyu wa Gatanu ushize tariki 15 Mata mu masaha ya ninjoro, i Bukavu muri Repubulika […]

Obama yahuye n’ibyamamare muri muzika byo muri Amerika- AMAFOTO

Perezida Obama yabonaniye n’ibyo byamamare muri Whitehouse, mu muhango wo kuvugurura amategeko hagamijwe cyane gushimangira amategeko ahana ibyaha by’ubugizi bwa nabi. Obama yahuriye muri uwo muhango n’abahanzi nka Alicia Keys, Nick Minaj, Buster Ryhmes, C.Janelle Monae ,J.Cole, Ludacris, Timberland, Khaled n’abandi batandukanye. Nk’uko bitangazwa na Billboard dukesha iyi nkuru, ngo impamvu yo gutoranya abo bahanzi […]

Burundi: Abahoze muri Ex-FAB bafunze barakorerwa iyicarubozo rikabije – Loni

Mu gihugu cy’u Burundi iyicarubozo no gufata nabi abanyururu biragenda bifata indi ntera. Nk’uko byemezwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ngo ibyo bikorwa biragenda byiyongera ku buryo kuva uyu mwaka watangira hamaze kugaragara dosiye 345 z’iyicarubozo ziyongera ku zindi 600 zari zabaruwe kuva muri Mata 2015. Umubare nawo ngo ukaba ushobora kuba […]