Kenya: Umugore wa Perezida Kibaki yitabye Imana

Mu gihugu cya Kenya hatangijwe icyunamo bitewe n’urupfu rwa Lucy Kibaki umugore wa Mwai Kibaki wigeze kuba Umukuru w’igihugu cya Kenya. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 26 Mata 2016, nibwo Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya yemeje ko Lucy Kibaki yitabye Imana aguye mu bitaro byo mu Bwongereza “ Cromwell Hospital” mu […]

Rubavu: Polisi yasabye urubyiruko kwicungira umutekano nk'inshingano zabo

Ku wa 24 Mata, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Uburengerazuba, Assistant Commissioner of Police (ACP) Bertin Mutezintare yagiranye inama n’abahuzabikorwa b’ihuriro ry’urubyiruko Nyarwanda rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano (Rwandan Youth Volunteers in Community Policing Organization- RYVCPO) bo mu mirenge 12 igize akarere ka Rubavu, abasaba kwita ku nshingano zabo barushaho gukangurira abandi kwirinda ibyaha. […]

Uburyo 4 umugore yakoramo imibonano mpuzabitsina ntababare igihe atakaje ubusugi

Mu by’ukuri iyo umunsi wo gushyingiranwa wegereje, abakobwa bakiri amasugi usanga batekereza cyane bakanaterwa ubwoba n’uburibwe buva mu mibonano mpuzabitsina ikozwe bwa mbere ,nyamara ntibamenye ko hari uburyo bushobora gukoreshwa mu gihe umugore ayikoze ntababare. 1.kubanza kwishyiramo ko ugiye gutakaza ubusugi Iyo umugore yamaze kubana n’umugabo we ariko akaba atarakoraho imibonano mpuzabitsina, nibyiza ko mu […]

Udushya 7 tugaragara mu bukwe bwo muri Nigeria

Ubukwe bugenda butandukana bitewe n’umuco w’abene gihugu, muri Nigeria ho biratangaje,Nk’uko bikubiye muri ibi bintu 7 nk’uko ikinyamakuru Africacurture: 1.Kurwanira ibiryo Bitewe n’uburyo abitabiriye ibirori baba bacuranwa batangurwana ibyo kurya ubaye utabizi wagirango bamaze iminsi myinshi batarya ibi bigakorwa ibirori bigeze hagati bagiye kwakira abateraniye aho, Maze si ukurya nk’abari mu marushanwa. 2.Gupakira ibiryo mu […]

Ese Brig Gen Muhoozi yaba arimo gutegurwa ngo azasimbure Museveni?

Ibi byagarutsweho ku italiki 24 Mata 2016 aho Brig Gen Muhoozi Kainerugaba yari yujuje imyaka 42 y’amavuko, hagarukwa ku bumunyi yagiye akura mu mashuri bivugwa ko bishobora kuzatuma asimbura Perezida Museveni ku butegetsi. Nyuma yo kujya mu gisirikare agakomeza n’amashuri ye mu bihugu bikomeye binafite amahugurwa akomeye ku birebana n’imyitozo ya gisirikare,byakomeje bivugwa ko ari […]

Kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ni inshingano ya buri muntu wese

Kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside mu buryo bwose, kwirinda guheranwa n’agahinda ku barokotse Jenoside no kwiyubakamo ikizere, ubu ni bumwe mu butumwa bwatanzwe mu gikorwa cyo kwibuka abatutsi bazize Jenoside yakorewe abatutsi i Mayunzwe mu Kagali ka Mwendo mu Murenge wa Mbuye, igikorwa cyabaye ku cyumweru tariki ya 24 Mata 2016. Avuga ku cyerekezo (Insanganyamatsiko) cyo […]

Rutsiro: Abanyeshuri biyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Abiga mu rwunge rw’amashuri rwa Rusororo ruri mu murenge wa Musambira ho mu karere ka Rutsiro bagaragaje ko basobanukiwe ingaruka mbi z’ibiyobyabwenge, hanyuma biyemeza kugira uruhare mu kubirwanya. Iki cyemezo bagifatiye mu kiganiro bahawe mu mpera z’icyumweru gishize na Inspector of Police (IP) Jerȏme Nsabuwera, akaba ashinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi […]

Ibitaro byitiriwe Umwami Faisal byeguriwe abikorera

Guverinoma y’u Rwanda n’Ikigo Oshen Health Care Rwanda Ltd gishamikiye kuri Oshen Group yo muri Angola bashyize umukono ku masezerano y’igihe kirekire, aha ububasha icyo kigo gucunga ibitaro byitiriwe Umwami Faisal (KFH), ariko bikazaguma ari ibya leta y’u Rwanda. Nyuma y’amasezerano yashyizweho umukono ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Mata 2016, […]

Jay-z arashinjwa guca inyuma umugore we Beyoncé

Bitewe n’amafoto Rita Ora ari kugenda ashyira ku nkuta ze ku mbuga nkoranyambaga, Beyonce aremeza ko uyu muhanzikazi afitanye umubano wihariye n’umugabo we Jay-z. Ubwiza uyu muhanzikazi avugwaho ngo bwaba ari intandaro yo kwigarurira Jay-z, Abakunzi babo bakaba aribo bakomeje kugenda batsa umuriro bahamya ko urukundo hagati yabo rugurumana, ibyo bikaba aribyo bishengura Beyonce. Dailymail […]

Pasteur w’itorero “RĂ©veil” ngo yategetswe n’Umwuka gutera abakobwa inda

Mu mujyi wa Douala uri mu gihugu cya Cemeroun umupasteur ukiri muto uyoboye itorero rizwi ku izina rya “ RĂ©veil” yateye inda abakobwa bagera ku icumi abereye umushumba bivugwako ngo yaba yarabitegetswe na mwuka wera. Ibi bibaye nyuma yaho bamwe mu banyagihugu bo muri Douala bagiriye amakenga menshi bivanye n’imibanire idasanzwe hagati y’abakobwa bo muri […]

Igisirikare cy’u Rwanda RDF kirashaka abasirikare (officers) bashya

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’ i ngabo z’u Rwanda (RDF) buramenyesha Abanyarwanda bose bujuje ibisabwa bifuza kwiga mu ishuri rikuru rya gisirikare (Rwanda Military Academy-Gako) ko bakwihutira kwiyandikisha ku turere bakomokamo. Abujuje ibisabwa bazemererwa kwiga muri iryo shuri bazasohoka ari abofisiye kandi bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza. Kanda hano ujye ubona amakuru […]

Uwabyaranye na Danny Nanone yahakanye ko atamufungishije bapfa indezo

Umukobwa wabyaranye na Danny nanone yikomye itangazamakuru rivuga ko Danny afunzwe kubera kudatanga indezo kandi yarinjiye muri Primus Guma Guma Super star (PGGSS6) ku nshuro ya 6. Ibi yabitangaje nyuma yaho bivuzwe ko Danny Nanone afunzwe azira kudatanga indezo ubu uri mu kigero cy’imyaka 3, kandi yarinjiye mu irushanwa rya PGGS aho bivugwa ko avanamo […]

Perezida Nkurunziza yatanze icyumweru cyo kumenya uwishe Gén.Athanase Kararuza

Nyuma y’urupfu rwa Brig.Gen.Athanase Kararuza, Perezida Nkurunziza w’u Burundi yatangaje ko igihugu cyabuze intwari by’umwihariko akaba yatanze icyumweru kimwe cy’iperereza ngo hamenyekane abihishe inyuma y’uwo mugambi. Nkurunziza yaboneyeho kwihanganisha umuryango wa Athanase Kararuza, igisirikare n’igipolisi ndetse n’abandi bose bakoranye n’uyu mujenerali, abibutsa ko yari umuntu wari ufitiye igihugu akamaro. Ubwo abasirikare n’abapolisi bageragezaga guhirika ubutegetsi […]

Ngororero: Abantu 21 bakurikiranyweho kwangiza ishyamba rya Leta

Abantu 21 bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kavumu mu karere ka Ngororero, aho bakurikiranyweho icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko bakanatema ibiti mu ishyamba rya Leta riri mu kagari ka Rugeshi, mu murenge wa Kavumu. Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Ngororero, Senior Superintendent of Police (SSP) Marc Gasangwa, yavuze ko […]

Umurundi Marguerite Barankitse yahawe igihembo cya miliyoni Y'Amadorari muri Aurora for AwakeningHumanity

Ubwo yashyikirizwa icyo gihembo n’uhagarariye akanama gategura iryo rushanwa Goeoge Clooney ,Barankitse Marguerite yagize ati «agaciro kacu ni agaciro ka muntu , niba ufite imbabazi, agaciro n’urukundo muri wowe ntacyagutera ubwoba , ntacyaguhagarika kuko ntacyaruta urukundoyaba intwaro, ishyari cyangwa inzara » ku Cy’umweru tariki ya 24 Mata 2016 i Erevan muri nibwo hatanzwe ibihembo bya […]

Abasirikare 121 ba Riek Machar n’ibikoresho byabo bamaze gusesekara i Juba

Umugaba w’ingabo z’umutwe wa SPLM-IO wa Riek Machar, Lt. Gen. Simon Gatwech Dual yamaze gusesekara I Juba kuri uyu wa Mbere tariki 25 Mata 2016 n’abasirikare bagera ku 121 n’ibikoresho byabo, aho bagiye gutegereza umukuru wabo bazaba bashinzwe gucungira umutekano. Ibi bikaba bigezweho nyuma y’umunsi umwe guverinoma ya Sudani y’Epfo yemereye indege itwaye aba barwanyi […]

Ibiganiro bihuza Abarundi bizasubukurwa kuwa 02 Gicurasi 2016

Amakuru aturuka mu butegetsi bw’u Burundi ndetse no ku muhuza Benjamin Mkapa aravuga ko ibiganiro bihuza leta y’u Burundi n’abatavuga rumwe nayo bizatangira mu cyumweru gitaha kuwa 02 Gicurasi 2016 bikabera Arusha muri Tanzania. Ibi biganiro bikazaba biyobowe na Benjamin Mkapa wigeze kuba perezida wa Tanzania uherutse kugenwa kuri uyu mwanya n’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango […]

IGP Gasana yijeje gukurikirana abanyereje ibyagombaga kubaka inzu ya koperative COMURU

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Emmanuel K. Gasana yasoje uruzinduko rw’iminsi 3 yagiriraga mu turere twa Rusizi na Nyamasheke mu ntara y’Iburengerezuba, aho yasuye akanareba imikorere ya Sitasiyo za Polisi zikorera muri utwo turere, mu rwego rwo kuzikangurira gukomeza gukora akazi kazo neza no guha serivisi nziza kandi vuba abaturage bazigana. Muri urwo […]

Gen. de Brigade Athanase Kararuza yishwe muri iki gitondo

Amacakubiri n’ubwicanyi bukomeje kuranga igisirikare cy’uburundi aho muri iki gitondo ahagana saa moya na mirongwinenitanu GĂ©nĂ©ral de Brigade Athanase Kararuza yagabweho igitero gikomeye ageze imbere ya lycĂ©e du Saint esprit muri commune Ntahangwa aho we, umufasha we n’umwana we bahasize ubuzima n’aho abarinzi be (gardes du corps) bakomeretse bikabije. GĂ©nĂ©ral de Brigade Athanase Kararuza yerekezaga […]

Minisitiri w’Intebe yasabye gushakira umuti ikibazo cy’ubushomeri mu rubyiruko n’abagore

Kuri uyu wa Mbere tariki 25 Mata 2016 i Kigali hateraniye Inama ya 2 y’Akarere ku Murimo yafunguwe ku mugaragaro na Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi. Iyi nama yitabiriwe n’ibihugu bitandukanye birimo Namibia, Botswana, Ghana, Kenya, Malawi, Tanzania, Uganda n’ibindi. Iyi nama ikaba yarateguwe ku bufatanye bwa minisiteri y’umurimo, GIZ, ILO (International Labour Organisation), na PSF […]

EPEMR:Uwari Bishop wa Kigali yagarutse muri ADEPR,icyamugaruye kigirwa ibanga

Bishop Hagenimana Anastase wayoboraga Diyoseze y’Umujyi wa Kigali yamaze gusezera mu itorero rya EPEMR agaruka mu itorero rya ADEPR yahozemo ariko icyamugaruye yakigize ibanga. Anastase Hagenimana mbere yuko ajya muri EPEMR yahoze mu itorero rya ADEPR aho yari umuntu usanzwe udafite inshingano mu Itorero ariko akaba yarakundaga gukora imirimo yo gusenga n’ivugabutumwa mu buryo butandukanye […]

Impanuka yahitanye abaririmbyi barenga 16 hamwe na padiri wabo

Kuri uyu wa 24 mu ntara ya Rutana habereye impanuka ikomeye, abaririmbyi 16, umupadiri n’umubikira bahasiga ubuzima. Amakuru aturuka mu ntara ya Rutana avugako iyi mpanuka yabereye ahazwi ku izina rya ku “wibyuma” muri comine Musongati, mu ntara ya Rutana aho i kamiyo yo mu bwoko bwa fuso yaritwaye abo baririmbyi ibakuye mu ntara ya […]

Uburyo 17 abakobwa bakoresha ngo bagire amabere meza

Hari ubwo usanga abantu benshi binubira imiterere y’amabere yabo, ugasanga bakabya kwambara imyenda ibafatiriye cyangwa ubundi buryo bubangamye ku mubiri w’umuntu. Abahanga bavuga ko ibintu bya mbere bikwiriye kwirindwa ari ukurya bidafite gahunda, imyitozo ngororangingo ikabije no koga amazi ashyushye kenshi. Ariko by’umwihariko batanze inama zigera kuri 17 zagufasha. Inama ya mbere batanga ni uko […]

Burundi: Col. Donatien Ndabigeze yagabweho igitero gihitana umugore we

Nyuma y’iminsi 3 gusa Col Buzobona Emmanuel yishwe n’abantu bataramenyekana, kuri iki cyumweru tariki ya 24 Mata 2016, Col Donatien Ndabigeze yagabweho igitero n’abantu bashakaga kumwica ararusimbuka ariko umugore we ahasiga ubuzima. Amakuru ava mu Burundi, ni uko abateye mu rugo kwa Col Donatien Ndabigeze bari bambaye imyenda ya gisirikare, bakaba bageze aho yari atuye […]

Impuguke zo muri Singapore mu iterambere ry’imijyi itandatu yo mu Rwanda

Leta y’u Rwanda muri gahunda yo kwifashisha impuguke n’iraribonye zo muri Singapore mu gikorwa cyo kwihutisha iterambere ry’imijyi itandatu yunganira umujyi wa Kigali. RGB nk’ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiyoborere kimaze iminsi itari mike gikorana n’ikigo gitanga ubujyanama mu bihugu biharanira kwihutisha iterambere, Future Move Group (FMG) mu bijyanye no kuzamura iterambere rirambye. Muri iyo mijyi itandatu […]

Kenya ntirumva iby'amasezerano y’ubwirinzi hagati yayo, u Rwanda na Uganda

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba urakora ibishoboka mu kurwanya iterabwoba no kongera ubushobozi bw’igisirikare cyawo mu rwego rwo gukumira amakimbirane no guhangana n’ibibazo byawuvukamo, ariko igihugu cya Kenya muri iyi weekend cyagaragaje ubushake bucye cyanga gushyira umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bwirinzi hagati yayo n’u Rwanda na Uganda. Mu nama ya ba minisitiri yateraniye muri Munyonyo […]

Burundi: Minisitiri yarokotse ubwicanyi umugore we arakomereka

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko igitero cya grenade cyagabwe kuri iki Cyumweru tariki 24 Mata saa sita na cumi n’itanu nyuma ya misa, cyari kigamije guhitana minisitiri ushinzwe uburenganzira bwa muntu, ibibazo by’imibanire n’uburinganire, Martin Nivyabandi. Iki gitero kikaba cyaragabwe muri parikingi y’Itorero ’’GuĂ©rison des Ă Âąmes’’ minisitiri n’umuryango we bakunze gusengeramo. Nk’uko […]

Kirehe: Abantu babiri barimo umumotari bafatanwe ibiro 80 by’urumogi

Imikwabu Polisi y’u Rwanda mu karere ka Kirehe yakoze mu mpera z’icyumweru gishize yayifatiyemo abagabo babiri bari bafite ibiro 80 by’urumogi. Ababifatanwe ni Bizimungu Jean Pierre ufite imyaka 30 y’amavuko na Mukunzi Valens ufite imyaka 28 y’amavuko, aba bombi bakaba barafatiwe mu kagari ka Mushongi, mu murenge wa Mpanga. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu […]

Zuma tuzamukuzaho umunwa w’imbunda — Julius Malema

Umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo, Julius Malema, aravuga ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi kwihangana kwabo kuzarangira vuba bagakuraho guverinoma bakoresheje umunwa w’imbunda mu gihe ishyaka ANC riri ku butegetsi rikomeje gukoresha imbaraga z’umurengera mu guhosha imyigaragambyo yo mu mahoro. Malema asanzwe ari umugaba mukuru wa Economic Freedom Fighters, ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yashinze mu 2013 nyuma […]

Burundi: Mbere y’uko Col Buzubona Emmanuel yicwa yabanje gushinjwa gukorana na Gen Niyombare

Nyuma y’urupfu rwa Colonel Buzubona Emmanuel wishwe arasiwe imbere y’iwe ubwo yari atashye muri Zone Kinama, abari ku butegetsi mu Burundi n’abatavuga rumwe nabwo bakomeje gushinjanya kwica uyu musirikare wari mukuru mu ngabo z’u Burundi, aho Hussein Radjabu nawe ashinja ubutegetsi kuba inyuma y’urupfu rwe. Nubwo abasanzwe mu ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD bakomeza gushinja […]

Kibeho:Min.w’Intebe yasabye ubucamaza kwihutisha urubanza rwa Ladislas Ntaganzwa

Ubwo hibukwaga Abatutsi bazize Jenoside yo muri Mata 1994 Ministiri w’Intebe Anastase Murekezi yasabye ubucamanza kwihutisha iburanishwa rya Ladislas Ntaganzwa ndetse wayobora Komine Nyakizu. Kuri uyu wa Gatandatu Tariki ya 23 Mata 2016 nibwo i Kibeho ho mu Karere ka Nyaruguru hibutswe abazize Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994,uyu muhango ukaba wabanjirijwe n’igitambo cya Misa […]

Umuhanzi Papa Wemba yitabye Imana ku myaka 66

Umuririmbyi Papa Wemba ukomoka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, akaba yafatwaga nk’umwami w’injyana ya Lumba, yitabye Imana kuri iki Cyumweru ku myaka ye 66 aguye I Abidjan muri Cote d’Ivoire nk’uko byatangajwe na Radio Okapi. Papa Wemba ubusanzwe amazina ye y’ukuri akaba ari Jules Hungu Wembadio Pene Kikumba, yandikaga indirimbo, akazitunganya, ndetse akaba yari […]

Rubavu: Abaturage basabwe kuba maso bakirinda guha umwanzi icyuho

Mu gihe ubusanzwe umuganda ngarukakwezi mu gihugu hose uba kuwa Gatandatu wanyuma w’ukwezi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Mata 2016 abatuye mu mujyi wa Gisenyi bo nibwo bawukoze nyuma yo gusanga kuwa 30 Mata ubwo hazaba umuganda rusange bo bazaba bari mu gikorwa cyo kwibuka abiciwe kuri Komine Rouge muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu […]

Abahanga muri siyansi bemeje ko perezida Mugabe azabaho ubuziraherezo

Abahanga muri siyansi bubashywe bo mu ishuri rikuru ry’ubumenyi rifite icyicaro mu Bwongereza bamaze igihe bakora ubushakashatsi mu ibanga bashaka kumenya impamvu perezida Robert Mugabe adapfa. Ibi ngo bikaba byaraje nyuma y’aho hatangarijwe ku mugaragaro mu 1999 ko Mugabe atajya yogosha umusatsi we kandi akaba nta mvi zingana nk’imyaka ye afite. Robert Mugabe ngo wazanywe […]

RDC: Abarwanyi 19 ba RaĂ ÂŻa Mutomboki bishyize mu maboko ya FARDC

Abarwanyi bagera kuri 19 ba RaĂ ÂŻa Mutomboki y’uwitwa Kaleba bavuye mu ishyamba ku bushake bwabo bishyikiriza ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu Murenge wa bakano ho muri Teritwari ya Walikale. Aba bakaba biyongereye ku bandi batatu baturutse Ntoto nk’uko amakuru yavaga mu gisirikare kuri uyu wa gatandatu yavugaga. Uku kurambika intwaro hasi ngo […]

Kwinjira muri RESTAURANT ugomba kuba wambaye uko wavutse

Mu murwa mukuru w’igihugu cy’Ubwongereza i Londre hafunguwe inzu igurishirizwamo ibiryo bihiye (restaurant) bivugwa ko ari ikintu kidasanzwe muri icyo gihugu cyo gufungura wambaye uko wavutse. Iyi restaurant izwi ku izina rwa “The Bunyadi” ikaba ikorera mu murwa rwagati, ngo ishishikajwe no gutanga amafungura ahingwa mu gihugu cy’Ubwongereza gusa. Abakunzi b’iyi restaurant ndetse n’incuti ngo […]

Abakuru b’ibihugu bihuriye ku Muhora wa Ruguru basabye kwihutisha imishinga hitawe ku bikeneye gukorwa vuba

Mu nama ya 13 y’Umuhora wa Ruguru yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu by’u Rwanda, Kenya, Uganda n’uwa Sudani y’Amajyepfo wari uhagarariwe muri iyi nama bishimiye uruhare rw’ibi bihugu mu migendekere myiza yo kwihutisha imishinga migari y’Umuhora wa Ruguru hagamijwe kuzamura imibereho myiza y’abatuye muri ibi bihugu bihuriye kuri uyu muhora. Abakuru b’ibihugu bavuze ko inama yishimiye ibigenda […]

Umuhanzi Alikiba ngo yaba yatangiye gutinyuka abakobwa

Alikiba ni umwe mu bahanzi bazwi muri Tanzania, bikaba bivugwa ko adakunze kuvuga amagambo menshi bityo abakunzi be bakaba bibaza niba koko mu buzima bwe bwa buri munsi ariko bimeze. Mu mafoto yakunze kugaragaza kenshi kuri za murandasi ni izimugaragaza ari muri studio, aririmba kuri stage, rimwe na rimwe ari muri salon yicaye, nk’uko bamwe […]

Kayonza: Ngo abahakoze Jenoside baridegembya muri Tanzania

Bamwe mu bacitse ku icumu bo mu murenge wa Murama mu cyahoze ari Secteur Bisenga ho mu karere ka Kayonza babwiye Umuseke ko kuba hari umubare munini w’Abatutsi bishwe batarabonerwa irengero, ngo ni uko hari abavugwa ko bakoze Jenoside bagahungira muri Tanzania. Theoneste Bicamumpaka umwe mu barokotse Jenoside wo muri aka gace, avuga ko muri […]

Niyibizi afungiwe kugerageza guha ruswa umupolisi

Kimwe mu bigo bya Polisi byashyizeho ingamba zo gukumira no kurwanya ruswa, ni ikigo cya Polisi gipima ubuziranenge bw’ibinyabiziga, imikorere y’iki kigo ikaba idaha agahenge uwagerageza gutanga ruswa ngo akorerwe ibitemewe n’amategeko. Mu Rwanda ruswa ifatwa nk’umuziro, Polisi y’u Rwanda nayo ikaba itihanganira ruswa yaba uyitanga n’uyihabwa. Nubwo hashyizweho ingamba zitandukanye ariko ngo hirinde ruswa, […]

Polisi n'abanyamakuru baharanira inyungu z’abaturarwanda

Ubufatanye n’ubuvandimwe hagati y’abapolisi n’abanyamakuru bwahawe isura nshya hagamijwe inyungu z’abaturarwanda. Uyu ni umwanzuro nyamukuru w’inama yari imaze iminsi itatu yiga ku mutekano w’abanyamakuru ndetse n’abaturage yaberaga ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru. Asoza iyi nama , Umuyobozi w’Ishami ry’Ubugenzacyaha (CID) muri Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege yibukije akamaro […]

Kwibuka abazize Jenoside ni ukugirana ubumwe nabo

Kwibuka abazize jenoside ni ukugirana urunana n’ubumwe n’abazize jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994. Ibi ni bimwe mu byagarutsweho na Senateri Prof Laurent NKUSI ubwo I Tumba ku rwibutso rwa Cyarwa hibukwaga ku nshuro ya 22 jenoside yakorewe abatutsi. Ni igikorwa cyabaye kuwa kane tariki ya 21 Mata 2016, ku rwibutso rwa Cyarwa. Bimwe mu […]

ADEPR Nyarugenge bibutse abazize Jenoside- REBA AMAFOTO

Mu gihe hibukwa ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka w’1994, Itorero ry’abapantecote mu Rwanda (ADEPR) muri Paruwasi ya Nyarugenge ururembo rw’umujyi wa Kigali, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 23 Mata 2016, bibutse abazize Jenoside, umuhango watangijwe n’ijoro ryo kwibuka ryabaye kuri uyu wa gatanu. Mbere ya saa sita abayobozi […]

Onesime Nduwimana arashinja abatagetsi b’u Burundi gukorana n’abakoze jenoside mu Rwanda

Onesime Nduwimana wahoze ari umuvugizi w’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, kuri ubu akaba abarizwa mu ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, CNARED, yemeje ko mu Burundi habarizwa bamwe mu Banyarwanda bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda. Uyu mugabo yashinjije ubutegetsi bwa perezida Nkurunziza gukora ibishoboka byose ngo haduke intambara hagati y’u […]

Hagiye gushyirwaho ingamba z’ubushakashatsi mu kurwanya Malaria

Ibitaro by’Ingabo z’u Rwanda byatangaje ko byiteguye gushyiraho ishami ry’ubushakashatsi hagamijwe gukumira no kurwanya uburwayi bwa Malaria. Ibi byatangajwe n’Umuyobozi w’ibi bitaro, Brig Gen Dr Emmanuel Ndahiro ubwo hafungurwaga kuri uyu 22 Mata 2016 inama mpuzamahanga kuri Malaria. Yagize ati “ Ibitaro bya gisirikare by’u Rwanda byiyemeje kwinjira muri uru rugendo rwo kurwanya Malaria, dufite […]

Mu mafoto: Perezida Kagame yitabiriye inama ya 13 y’Umuhora wa Ruguru

Kuri uyu wa Gatanu perezida Paul Kagame yerekeje mu gihugu cya Uganda aho yitabiriye inama ya 13 ihuza ibihugu bihuriye ku Muhora wa Ruguru iteranira I kampala kuri uyu wa 23 Mata 2016. Dore uko perezida Kagame yakiriwe I Kampala     Amafoto: Village Urugwiro   Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri […]

Umugore yahambwe ari muzima azira kubangamira isenywa ry’urusengero

Umugore w’umuyobozi w’itorero ryitwa Beitou Church mu gihugu cy’Ubushinwa yahambwe ari muzima nyuma yo kugaragara nk’utambamira isenywa ry’urusengero rwabo. Ibi byabereye rwagati mu ntara ya Henan aho umuyobozi w’itorero rya Gikristo yafashwe n’umugore we bazira kutubahiriza amabwiriza ya Leta y’Ubushinwa yo gusenya insengero zose za gikristo . The Christian Post yatangaje iyi nkuru kuwa kabiri […]

Ihuriro G7 rirasaba Monusco kurinda umutekano wa Moise Katumbi

Ihuriro G7 rihuriyemo amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa perezida Joseph Kabila, rirasaba MONUSCO gucungira umutekano umukandida waryo mu matora y’umukuru w’igihugu ataha, MoĂ ÂŻse Katumbi Chapwe. Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa gatanu tariki 22 mata I Kinshasa, Visi perezida w’iri huriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Olivier kamitatu Etsu, yavuze ko bafite impungenge z’uko Moise katumbi ashobora […]

Rubavu: Polisi yaganirije urubyiruko rw'abakorerabushake mu gukumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rubavu irashimira abagize ihuriro ry’urubyiruko Nyarwanda rw’abakorerabushake mu kurwanya no gukumira ibyaha (Rwandan Youth Volunteers in Community Policing-RYVCP) bo muri aka karere kubera uruhare rwabo mu kubumbatira umutekano. Yabasabye kandi kurushaho gukangurira abantu kwirinda ibyaha aho biva bikagera kandi bakagira uruhare mu kubumbatira umutekano. Ibi byavugiwe mu nama yabereye […]

Uganda: Umusirikare yivuganye abantu barindwi barimo na bagenzi be

Igipolisi mu Karere ka Kanungu mu gihugu cya Uganda cyataye muri yombi umusirikare wa UPDF waraye urashe akica abantu bagera kuri barindwi mu gasantere ka Kihiihi. Uyu musirikare ufite ipeti rya Lance Corporal witwa Katungwensi Katooko Moses wakoreraga ku birindiro bya Mburamaizi muri Kihiihi, yishe abasivili ndetse n’undi musirikare nyuma yo kurwana n’umugore we. Abandi […]

Impamvu Abanyarwanda baba muri Zambia bibasiwe kurusha abandi

I Lusaka muri Zambia hari hamaze iminsi abanyamahanga biganjemo Abanyarwanda bibasiwe n’abaturage b’iki gihugu. Bivugwa ko hari abantu batwitswe ari bazima bakekwaho ibikorwa bya gipfumu nk’uko byatangajwe n’igipolisi cya Zambia kuwa Gatatu tariki 20 Mata. Nubwo bashinjwa ibi ariko, abakurikiranira hafi ibintu bavuga ko aba banyamahanga nta kindi bazira usibye ishyari bagirirwa n’abanyagihugu kubera ukuntu […]

Batatu batawe muri yombi bakekwaho kujugunya ibendera mu musarane

Mu kagari ka Mwezi, umurenge wa Karengera akarere ka Nyamasheke, abantu batatu bakurikiranyweho icyaha cyo kujugunya idendera ry’igihugu ryo ku ishuli ribanza rya Nyantunda mu byiherero. Nk’uko bivugwa n’umunyamabanga w’uyu murenge ngo aba bafunzwe barigukorwaho iperereza kuko mu minsi ishize hari amagamba bafuze atari meza abwirwa umuzamu w’iryo shuli ndetse n’ushinzwe umutekana muri uwo mudugudu […]

Gen Cyrille Ndayirukiye na bagenzi be bongeye gusabirwa igifungo cya burundu

Mu gihe urubanza rwabo rwaberaga mu mwiherero kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Mata 2016, Gen Cyrille Ndayirukiye na bagenzi 27 bose basabiwe igifungo cya burundu. Umushinjacyaha wa Leta y’u Burundi, yakomeje gusobanurira abacamanza ko uko ari 28 bashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi, bari bahuriye ku mugambi ndetse ko bakwiye igihano kimwe cyo gufungwa burundu […]

Polisi y’u Rwanda ikomeje kwihanangiriza abinjiza amasashe mu gihugu

Polisi y’u Rwanda ikomeje kwihanangiriza bamwe mu bantu bakigerageza kwinjiza amasashe mu gihugu kandi bitemewe ndetse bihanirwa. Ibi bije nyuma y’uko Polisi, ku italiki ya 21 Mata, ifatiye abantu bagerageza kwinjiza amapaki 80 y’amasashe baciye mu misozi y’umurenge wa Cyuve ho mu karere ka Musanze. Polisi yabonye amakuru ko hari abantu batatu bikekwa ko bashaka […]

Man Martin yahumurije umwana biganye amubwira ko nta tuze riva mu biyobyabwenge — Video

Man Martin umwe mu bagize inkingi ya mwamba muri muzika Nyarwanda, yamaze gushyira hanze amashusho y’indirimbo yise “Don’cry” aho avuga ko yayihimbye ashingiye ku makuru y’umwana biganye wakoreshaga ibiyobyabwenge akaza kumuhumuriza. Nk’uko Mani Martin abitangaza, ngo indirimbo Don’t cry, yayihimbye agendeye ku buhamya bw’umwana biganye wakundaga guhura n’ikibazo cy’ihungabana, no kwigunga kubera kubura ababyeyi be, […]

Gen David Sejusa yararozwe ararusimbuka

Kuri uyu wa Kane taliki 21 Mata 2016, nibwo uwahoze ari maneko ukomeye muri Uganda, Gen David Sejusa yateguye ibirori yishimira ko yavuye muri gereza akanarokoka uburozi. Nyuma yo kurekurwa n’urukiko rukuru rwa Kampala, aho yashinjwanga kwikura ku nshingano, kuri uyu wa kane nibwo yahurije hamwe umuryango n’inshuti ze mu rugo iwe iNkoma bishimira ko […]

Kayumba na Dr Hafashimana Emmanuel, abayobozi muri UNATEK bafunzwe n’igisirikare cy’u Rwanda

Kayumba Patrick, ushinzwe ubutegetsi n’Imari (DAF) na Dr Hafashimana Emmanuel, Umuyobozi wungirije ushinzwe imari muri kaminuza ya UNATEK bafunzwe n’igisirikare cy’u Rwanda bashinjwa kunyereza umutungo. Nk’uko byatangajwe na Lt Col Rene Ngendahimana, umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, ngo aba bombi bakurikiranwe n’urukiko rukuru rwa gisirikare ku cyaha bashinjwa cyo kunyereza umutungo wa Kaminuza. Yakomeje avuga ko […]

Amafoto 10 y’umukobwa w’imyaka 19 uvugwaho kuryamana na Diamond

Mu gihe byavugwaga ko umutima w’umuhanzi Diamond wigaruriwe w’Umugore Zari Hassan, Kuri ubu amakuru akomeje gucicikana avuga ko hari umukobwa w’ imyaka 19 bacuditse ndetse ko bashobora kuba bararyamanye. Diamond avugwaho kuryamana n’umukobwa Lynn, nyuma yo kugenda agaragara mu mashusho y’indirimbo z’abahanzi, ibi bikaba byanakuruye guterana amagambo hagati y’abafana b’uyu musore Diamond. Izi nkuru zacicikanye […]