Aborere hariya_Umuturage wa Centrafrica ku murambo w’inyeshyamba
Ubwo umuyobozi w’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri Repubulika ya Centrafrica (MINUSCA), Gen. Sidiki Daniel Traoré yasuraga abaturage bo mu gace ka PK12 mu Karere ka Yembi 1 kuri uyu wa 14 Mutarama 2021, umuturage yamubwiye ko umurambo w’inyeshyamba iherutse kuhicirwa ugomba kuhaborera, batawushyingura. Ni urugendo uyu musirikare yakoraga kugira ngo amenye umwuka uri mu baturage […]
Dr Thomas Kigabo wari umuyobozi muri BNR yapfuye

Dr. Thomas Kigabo Rusuhuzwa wari Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubukungu muri Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yapfiriye muri Kenya aho yari yagiye kwivuriza. Ni amakuru yemejwe n’itangazamakuru ryo mu Rwanda, kuri uyu wa 15 Mutarama 2021. Thomas Kigabo yari afite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) mu bijyanye n’ifaranga, imari n’ubukungu mpuzamahanga, yakuye muri kaminuza ya LYON 2 mu […]
Abantu 5 bishwe na Covid-19, handura 194, nta wakize

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa 14 Mutarama 2021 abantu batanu bishwe n’icyorezo cya Covid-19, handura 194, mu gihe na none nta wakize. Abapfuye barimo abagore babiri b’imyaka 93 na 66 n’abagabo batatu b’imyaka 68,48 bapfiriye mu Mujyi wa Kigali, n’undi mugabo w’imyaka 27 wapfiriye mu Karere ka Rwamagana. Mu 194 banduye, harimo 98 […]
Lambert Mende yavuze impamvu yateye umugongo ‘Shebuja’ Joseph Kabila
Lambert Mende wabaye Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru, akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ku butegetsi bwa Joseph Kabila, yasobanuye impamvu yateye umugongo ‘Shebuja’, agakurikira Perezida uriho ubu, Félix Tshisekedi. Mende mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique, yemeje ko yamaze kuva mu ihuriro rya FCC riyobowe na Joseph Kabila, nk’umuyobozi w’icyubahiro, ajya […]
Pasiteri yasabye abo muri Nigeria gusengera umuyobozi wa Boko Haram
Pasiteri mu itorero Angilikani ryo muri Nigeria, Desmond Yunana yasabye abaturage (abakirisitu n’abasilamu) gusengera umuyobozi mukuru w’umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram, Abubakar Shekau kuko ngo yeretswe ko arembye. Uyu mushumba yabitangaje ubwo yabwirizaga abayoboke b’iri torero ku Cyumweru w’icyumweru gishize, ati: “Neretswe ko ubuzima bw’umuyobozi wa Boko Haram bumeze nabi cyane.” Pasiteri Yunana yavuze ko […]
Ibisubizo ku bibazo 13 byibazwa ku ishyirwa mu myanya ry’abarimu bashya_REB
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi (REB) kibicishije ku rubuga rwacyo, cyatanze ibisubizo ku bibazo 13 biri mu byibazwa ku ishyirwa mu myanya ry’abarimu, icyiciro cya gatatu. Ni ibikurikira: 1. Nakoze ikizamini ndatsinda ndetse nari ku rutonde rw’abategereje kubona umwanya (Wait list). Muri iki gikorwa, ntabwo nashyizwe mu mwanya kandi hari abandi batanze indangamanota babonye […]
Pasiteri wateye inda abakobwa be, yakatiwe imyaka 140
Pasiteri Gichina wo mu Karere ka Kirinyanga muri Kenya uherutse kwemera ko yasambanyije, agatera inda abakobwa be babiri batarageza ku myaka y’ubukure, yakatiwe igifungo cy’imyaka 140. Aba bakobwa barimo ufite imyaka 14 y’amavuko yasambanyije hagati ya tariki ya 1 na 30 Kamena 2019, uyu akaba yarabyaye umwana ubu ufite amezi atanu y’amavuko. Undi mukobwa uyu […]
Icyo REB ivuga ku boherejwe kwigisha mu turere twa kure
Nyuma y’iminsi itatu bamwe mu bashyizwe mu myanya yo kwigisha bacyibaza uko bazagera mu turere twa kure boherejwemo gukora aka kazi, Umuyobozi w’agateganyo w’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi (REB), Dr. Sebaganwa Alphonse yavuze ko bicyigwaho. Tariki ya 10 Mutarama 2021 ni bwo REB yashyize ahagaragara intonde z’abarimu bashya bashyizwe mu myanya yo kwigisha mu […]
Centrafrica: Inyeshyamba ziciwe mu gitero cyaguyemo Umunyarwanda, zirenga 10
Umuvugizi w’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrica (MINUSCA), Abdoulaziz Fall, kuri uyu wa 13 Mutarama 2021 yatangaje ko inyeshyamba zirenga 10 ari zo zaguye mu gitero cyiciwemo umusirikare w’u Rwanda. Nk’uko urubuga rwa Afrimag rwabitangaje, ejo mu rukerera ni bwo ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro rya CPC (Coalition des Patriotes pur […]
RDC: Abarwanyi ba FDLR na Nyatura bakuwe mu birindiro bitanu
Umuvugizi wa operasiyo Sokola 2 y’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, igamije guhashya imitwe y’intwaje intwaro mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Maj. Guillaume Njike Kaiko, yatangaje ko baherutse gukura abarwanyi ba FDLR na Mai Mai Nyatura bakorana mu birindiro bitanu. Uyu musirikare yabitangarije mu kiganiro yagiranye na 7SUR 7 kuri uyu wa 12 Mutarama […]
Abagabo 3 bishwe na Covid-19, handura 172, nta wakize

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa 13 Mutarama 2021 abagabo batatu bishwe n’icyorezo cya Covid-19, handura 172, mu gihe na none nta wakize. Abapfuye barimo babiri b’imyaka 50 na 61 bapfiriye mu mujyi wa Kigali, n’umusaza w’imyaka 90 wapfiriye mu Karere ka Huye. Abanduye barimo 88 babonetse muri Kigali, 33 muri Huye, 15 muri […]
Umugore wa Bobi Wine mu marira
Umugore w’umukandida Robert Kyagulanyi (Bobi Wine), Barbie Itungo ari mu marira nyuma y’aho atakaje uburyo bwo guhamagarira ku murongo wa telefone. Yabitangaje kuri uyu wa 13 Mutarama 2021 yifashishije urubuga rwa Facebook, aho yagize ati: “Telefone zanjye zahagarikiwe uburyo bwo guhamagara bisanzwe.” Itungo avuga ko guhagarikirwa uburyo bwo guhamagara byakozwe kugira ngo atakaze itumanaho n’abantu […]
Umusirikare w’u Rwanda yiciwe muri Centrafrica
Ifoto: Bamwe mu bagize umutwe w’ingabo zidasanzwe z’u Rwanda zoherejwe muri Centrafrica Umuvugizi w’Intumwa Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrica, Vladimir Monteiro, kuri uyu wa 13 Mutarama 2021 yatangaje ko umusirikare w’u Rwanda yiciwe mu gitero cy’imitwe yitwaje intwaro. Nk’uko bigaragara mu itangazo Monteiro yashyize ku rubuga rw’Ingabo za UN ziri mu […]
Ngo Amavubi nadahanwa, ntazongera kwambara agapfukamunwa
Uwiyise Mukabaziga ku rubuga rwa Twitter, kuri uyu wa 13 Mutarama 2021 yamenyesheje inzego zirimo Polisi y’Igihugu, Minisiteri ya Siporo ko atazongera kwambara agapfukamunwa, mu giha ikipe y’umupira w’amaguru (Amavubi) yagaragaye itatwambaye yaba idahanwe. Ni nyuma y’aho mu gitondo cy’uyu munsi, Minisiteri ya Siporo (Minisports) yashyize hanze amafoto y’Amavubi (abakinnyi n’abayobozi) yiteguraga kwerekeza muri Cameroon, […]
Nasabye abantu bacu kwihanangiriza Facebook_Museveni
Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Museveni ubwo yagezaga ijambo ku baturage kuri uyu wa 12 Mutarama 2021, yavuze ko yasabye abantu babo kwihanangirije ikigo cya Facebook. Ni nyuma y’aho iki kigo gifunze imbuga bamwe mu bakomeye mu ishyaka riri ku butegetsi (NRM), kibashinja kutubahiriza amabwiriza agenga imikoreshereze yarwo, na Leta ya Uganda igahitamo guhagarika […]
WhatsApp yahakanye ibyo kwinjira mu mabanga y’abayikoresha

Ikigo cya WhatsApp Inc. gihumuriza abakoresha urubuga rwa WhatsApp bakeka ko cyaba kigiye gutangira kwinjira mu mabanga yabo, kikayasangiza bimwe mu bigo bikorana na Facebook. Ni nyuma y’aho tariki ya 6 Mutarama, iki kigo cyatangiye kumenyesha abakoresha uru rubuga ko tariki ya 8 Gashyantare 2021 hazaba impinduka, bamwe bagakeka ko zirebena n’uburyo bwo kwinjira mu […]
Uganda: Minisitiri n’umurinzi we barashweho
Minisitiri (Umunyamabanga) wa Leta ya Uganda mu biro bya Visi Perezida, Dr. Baltazar Kasirivu-Atwooki n’umurinzi we kuri uyu wa 13 Mutarama 2021, yarashweho n’abitwaje intwaro bataramenyekana. Amakuru ya Daily Monitor avuga ko Dr. Kasirivu wari mu modoka mu bilometero bike agana ku rugo rwe, saa saba z’ijoro yageze ahitwa Kakora mu Karere ka Kakumiro, akagwa […]
Kenya: Ikamyo yaguye mu nyanja, shoferi ntiyagira icyo aba
Mu gitondo cy’uyu wa 13 Mutarama 2021, ikamyo yaguye mu nyanja y’Ubuhinde ku cyambu cya Likoni giherera muri Kenya, umushoferi avamo nta cyo abaye. Inkuru ya Daily Nation ivuga ko iyi kamyo yerekezaga ku bwato yapakiraga ubwato bwitwa MV kilindini ubwo yageraga hafi y’inyanja, umushoferi yananiwe kuyiyobora maze igonga ubu bwato, ni ko kugwa mu […]
Nyaruguru: Batandatu bafashwe bavanye caguwa mu Burundi
Abashinzwe umutekano, bafatiye abantu batandatu mu Mudugudu wa Rutobwe mu Murenge wa Cyahinda w’Akarere ka Nyaruguru, mu masaa yine y’ijoro rya tariki ya 10 Mutarama 2021, bavanye imyenda ya caguwa mu Burundi. Nk’uko urubuga rwa Polisi y’u Rwanda rwabitangaje, hafashwe Callixte Kayigire wahaye abandi bane akazi ko kwikorera iyi myenda yari ipakiye mu mifuka itandatu: […]
Abantu 166 banduye Covid-19, hapfa umwe, nta wakize

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko abantu 166 banduye icyorezo cya Covid-19 kuri uyu wa 12 Mutarama 2021, bakaba babonetse mu bipimo 1937 byafashwe. Abanduye barimo 108 babonetse muri Kigali, 18 babonetse mu Karere ka Huye, 9 babonetse mu Karere ka Kirehe, 7 babonetse mu Karere ka Rwamagana, 7 babonetse muri Nyagatare, 6 babonetse muri […]
Malawi: Ba Minisitiri babiri bishwe na Covid-19 mu munsi umwe
Guverinoma ya Malawi kuri uyu wa 12 Mutarama 2021, yatangaje inkuru y’urupfu rwa ba Minisitiri babiri, bishwe n’icyorezo cya Covid-19 mu gitondo. Aba ni Minisitiri w’Ubwikorezi, Sidik Mia na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Lingson Berekanyana. Byatumye Perezida w’iki gihugu, Lazarus Chakwera ashyiraho iminsi itatu y’ikiruhuko cyo kunamira ba nyakwigendera, cyatangiye kuri uyu wa 12 kikaba kizarangira […]
Polisi ishinja Bobi Wine umugambi wo kwishimutisha
Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Fred Enanga kuri uyu wa 12 Mutarama 2021 yatangaje ko uru rwego rufite aya makuru yizewe, yemeza ko umukandida Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) afite umugambi wo kwishimutisha. Enanga yavuze ko nyuma y’amatora ateganyijwe tariki ya 14 Mutarama 2021, Bobi Wine ari gutegura kuzajya kwihisha kuri imwe muri Ambasade, ati: “Hanyuma […]
Igisubizo cya REB ku bakandida barimo uwahawe imyanya ine
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe abarimu mu kigo cy’igihugu gishizwe guteza imbere uburezi (REB), Nsengiyumva Jean Damascene, kuri uyu wa 12 Mutarama 2021 yasobanuye impamvu hari abakandida basabye akazi ko kwigisha, bahawe imyanya irenze umwe, barimo n’uwahawe ine. Ni nyuma y’aho iki kigo gishyize ahagaragara urutonde rw’uko abakandida basabye akazi mu mashuri yisumbuye, boherejwe mu bigo bitandukanye. […]
Zaruba ya Ituri: Ingabo za RDC zishe inyeshyamba 516
Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Gen. Maj. Richard Kasonga yatangaje ko bamaze kwica abarwanyi 516 b’imitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Ituri. Aba barwanyi biciwe muri operasiyo y’ingabo za RDC igamije guhashya imitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Ituri, yahawe izina rya ‘Zaruba ya Ituri’. Ingabo za RDC zatangije Operasiyo Zaruba […]
WhatsApp mu nzira yo gutakaza umubare munini w’abayikoresha
Nyuma y’aho tariki ya 6 Mutarama 2021, ikigo cya WhatsApp Inc gifite mu nshingano urubuga rwa WhatsApp gifashe umwanzuro wo gutangira kujya gisangiza ibigo bikorana na Facebook (ikigo gikuru) amwe mu makuru y’abarukoresha, bamwe batangiye kuruvaho ku bwinshi. Abakoresha WhatsApp babarirwa muri miliyari 2, batangiye kubona imenyesha (notification) rivuga ko guhera tariki ya 8 Gashyantare […]
EAC yohereje indorerezi 74 zo kugenzura amatora ya Uganda
Umuryango w’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC) woherereje itsinda ry’indorerezi 74 zigenzura uburyo amatora y’Umukuru w’Igihugu n’abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda azaba ari gukorwamo. Inkuru dukesha The Observer ivuga ko iri tsinda rigizwe na bamwe mu banyamategeko b’urukiko rwa EAC (EAJC), abagize Inteko Ishinga Amategeko ya EAC (EALA), abagize Ubunyamabanga bwa EAC ndetse n’abashinzwe amatora […]
USA: Ingagi zanduye Covid-19
Ingagi ziba mu rwororero rwa Safari Park mu mujyi wa San Diego muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zanduye icyorezo cya Covid-19. Abashinzwe uru rwororero bavuga ko mu cyumweru gishize ari bwo ngagi zigera muri eshatu zatangiye kugaragaza ibimenyetso by’iki cyorezo birimo gukorora. Ku wa Gatanu, Laboratwari yo muri Leta ya California ishinzwe kugenzura ubuzima […]
Abandi 4 bishwe na Covid-19, handura 154

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko abandi bantu bane bishwe n’icyorezo cya Covid-19 kuri uyu wa 11 Mutarama 2021, umubare w’amaze gupfa ugera ku 124. Bairmo abagore babiri b’imyaka 45 na 73 n’umusaza w’imyaka 73 bapfiriye mu mujyi wa Kigali, n’umusaza w’imyaka 86 wapfiriye muri Rulindo. Abanduye bo ni 154 barimo 88 babonetse i Kigali, […]
Uganda: Abakandida 2 b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bakuyemo akarenge
Abakandida babiri b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, biyamamarizaga imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko, kuri uyu wa 10 Mutarama 2021 byamenyekanye ko bakuyemo akarenge. Aba ni Michael Musaalo wari umukandida w’ishyaka rya ANT (Alliance for National Transformation) rya Rtd. Maj. Gen. Mugisha Muntu, wiyamamazaga ahagarariye agace ka Mbale na Godfrey Mabonga wari umukandida w’ishyaka rya […]
Kiyovu Sports yirukanye Ndanda imuziza guta akazi yari amaze igihe gito asinyiye
Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bumaze gutangaza ko bwatandukanye n’umutoza w’abazamu n’umuyobozi tekenike, Ndizeye Aime Desire uzwi ku izina rya Ndanda, nyuma yo guta akazi nta mpamvu atanze. Byatangarijwe ku rubuga rwa Twitter rw’iyi kipe aho, yagize iti: “Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buramenyesha abakunzi bayo n’abandi muri rusange ko iyi kipe yafashe umwanzuro wo gutandukana na […]
Isesengura: Amerika yaba ikiri umwigisha mwiza wa demukarasi?

Ijambo ‘Demukarasi’ ni iritirano Abanyarwanda bakomoye ku ry’Igifaransa ‘democratie’ naryo rikomoka kuri ‘demokratia’ ry’Ikigiriki ryaremwe nyuma yo kunga amagambo abiri; ari yo ‘demo’ risobanuye abantu, na ‘kratos’ risobanuye ubutegetsi; yombi akaba asobanuye ‘ubuyobozi butoranywa n’abaturage’, hakiyongeraho ko ‘bukorera abaturage’. Nk’uko bigaragazwa n’abahanga barimo Larry Diamond na Leonarido Morlino mu nyandiko bise ‘Accessing the Quality of […]
Igisubizo kidasanzwe cya Museveni ku bamusabye kubyina indirimbo umuhungu we akunda
Nyuma y’aho tariki ya 3 Mutarama 2021 umuhungu wa Perezida Museveni, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba ahishuye ko akunda indirimbo ‘Yerusalema’ y’abahanzi babiri bo muri Afurika y’Epfo, kuri uyu wa 11, uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ko abakunzi be b’urubyiruko bamusabye kuyibyina, abaha igisubizo kidasanzwe. Perezida Museveni yagize ati: “Mu nama nyinshi twagiranye n’abayoboke bacu b’urubyiruko, rwagiye […]
Burundi: Umurwayi wa Covid-19 yafashwe nyuma yo gutoroka
Umurwayi wa Covid-19 witwa Amissi Bukuru ku wa 9 Mutarama 2021, yarafashwe nyuma yo gushakishwa yatorotse ibitaro bya Nyanza-Lac biherereye mu Ntara ya Makamba, tariki ya 8. Nk’uko SOS Media yabitangaje, uyu mugabo w’imyaka 39 y’amavuko, yageze mu Burundi avuye muri Afurika y’Epfo, ubwo yageraga ku mupaka uhuza Tanzania n’u Burundi, arapimwa, bamusangamo iki cyorezo. […]
Urupfu rwa Padiri Ubald na ‘Guma mu Karere’ mu nkuru zaranze icyumweru gishize
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 4 Mutarama 2021, umunsi wateraniyeho Inama y’Abaminisitiri yafashe icyemezo cyo gushyiraho gahunda ya Guma mu Karere, kirangira kuri uyu wa 10 Mutarama 2021, hashize iminsi ibiri abarimo Padiri Ubald Rugirangoga yitabye Imana. Cyaranzwe n’amakuru atandukanye arimo: arebana n’ubuzima, ay’ubutabera n’umutekano. Ni akurikira: Urupfu rwa Padiri Ubald Mu rukerera rwa tariki […]
RDC: Hari umutwe wigamba guhangana na CNRD irwanya Leta y’u Rwanda
Umutwe witwaje intwaro Mai Mai uyobowe na Lt. Gen. Kibukila Tetezi washyize amashusho ku mbuga nkoranyambaga tariki ya 21 Ukuboza 2020, wigamba guhangana n’imitwe ikomoka mu mahanga irimo CNRD, urwanya Leta y’u Rwanda. Nk’uko igitangazamakuru Actualité cyabitangaje, uyu mutwe wa Mai Mai wumvikanye urwanira mu misozi ya Kanyora iherereye mu gace ka Kamombo muri Teritwari […]
Kenya: Umusore yishe batanu barimo bane bo mu muryango we, yigana filimi

Umusore w’imyaka 22 y’amavuko witwa Lawrence George Njoroge wo mu gace ka Kiambu muri Kenya yemereye Polisi ko yishe abantu 5 barimo 4 bo mu muryango we, yigana uwakinnye muri filimi ‘Killing Eve’ y’uruhererekane yitwa Villanelle. Mu bo yishe harimo nyina, mubyara we w’imyaka 13, murumuna we w’imyaka 13, se umubyara ndetse n’umukozi wo mu […]
Urubyiruko rwiyita urw’ishyaka rya Bobi Wine rushaka kwimukira ku rya Museveni
Ku kibuga giherereye mu gace ka Kololo geherereye mu mujyi wa Kampala muri Uganda, hateraniye abaturage barimo urubyiruko ruvuga ko rusanzwe rwarayobotse ishyaka NUP rya Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine), rushaka kwimukira kuri NRM rya Perezida Museveni bahanganiye gushaka kuyobora Uganda. Uru rubyiruko nk’uko bigaragara, rwambaye imipira y’umutuku n’ingofero zitukura, ziranga umuryango wa People Power […]
Ingabo za RDC zikomeje kwica abarimo ab’uruhu rwera b’umutwe wa ADF
Ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, zikomeje kwica abarimo ab’uruhu rwera baba mu mutwe witwaje intwaro wa ADF washinze ibirindiro mu duce tumwe na tumwe mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Tariki ya 2 Mutarama 2021, Umuvugizi wa Operasiyo Sokola 1 igamije guhashya imitwe yitwaje intwaro, Lt. Anthony Mualushayi yatangaje ko ingabo z’igihugu zishe abarwanyi […]
Twagiramungu yanenze ko u Rwanda rwabujije abantu gutembera kubera Covid-19
Umunyapolitiki urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, Faustin Twagiramungu, kuri uyu wa 9 Mutarama 2021 yanenze ko u Rwanda rwabujije abantu gutembera kubera Covid-19. Mu gitondo gikurikira ijoro ryo ku wa 4 Mutarama 2021 ryasohorewemo ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri, hari videwo yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, bivugwa ko ari abaturage benshi bavaga mu Ntara y’Amajyepfo, bataha muri Kigali. Twagiramungu […]
Umubare w’abarenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 wagabanutseho 50.2%
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko nyuma y’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 4 Mutarama 2021, umubare w’abarenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19 wagabanyutse ku kigero cya 50.2%. Raporo yayo igaragaza ko mbere y’iyi nama (hagati ya tariki ya 29 Ukuboza 2020 n’iya 4 Mutarama 2021), abantu ibihumbi 46,947 bafashwe batambaye agapfukamunwa ndetse batubahirije […]
Dr. Kalibata na Magufuli ntibahiriwe n’irushanwa rya ALM 2020
Umunyarwandakazi Dr. Agnes Kalibata uyoboye ikigo nyafurika kibungabunga ibidukikije cya AGRA (Alliance for Green Revolution in Africa) na Perezida wa Tanzania, Dr. John Magufuli ntibahiriwe n’irushanwa ALM (Africa Leadership Magazine) ryabaga ku nshuro ya 9. Nk’uko BWIZA yabibatangarije tariki ya 6 Mutarama 2021, iri rushanwa riha ibihembo Abanyafurika babaye indashyikirwa mu byiciro 13 birimo Umunyafurika […]
Iminsi ibiri ishize nta muntu ukira Covid-19, mu gihe handuye 310

Raporo Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda yasohoye kuri uyu wa 7 n’uwa 8 Mutarama 2021 zigaragaza ko nta muntu n’umwe wakize icyorezo cya Covid-19 muri iyi minsi ibiri, ariko umubare w’abanduye wakomeje kuzamuka, ugera kuri 310. Nk’uko MINISANTE yabigaragaje kuri uyu wa 7 Mutarama, abanduye ni 167 mu bipimo 5970 byafashwe; mu gihe abo kuri […]
Burundi: Umuyobozi yabujije abagore kumugana bambaye ‘mini’
Umuyobozi wa Komini ya Ntahangwa mu Ntara ya Bujumbura, Ernest Niyonzima, tariki ya 7 Mutarama 2021 yabujije abagore n’abakobwa kumugana bambaye amajipo magufi azwi nka ‘mini’. Bigaragara mu itangazo yanditse uwo munsi, aho yagize ati: “Ubuyobozi bwa Komini Ntahangwa buramenyesha ababugana bose ko kizira kikaziririzwa kubugana mutikwije.” Yavuze ko aba batikwije ari abagore n’abakobwa baba […]
Zari yahakaniye umuhungu we wiyemerera ko ari umutinganyi
Umuherwe akaba n’umwe mu bagore bakoresha imbuga nkoranyambaga cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Zarina Hassan uzwi nka Zari, yahakaniye umuhungu we, Raphael Semwanga Jr, wiyemereye ko ari umutinganyi cyangwa se umwe mu baryamana bahuje ibitsina. Ni nyuma y’aho ibitangazamakuru bikwirakwije amafoto (screenshots) yerekana uyu musore w’imyaka 15 y’amavuko, aho ku wa 6 Mutarama 2021 […]
Hari agace kitwa Kigali muri Centrafrica
Bitewe n’urukundo u Rwanda n’Abanyarwanda bakomeje kugirirwa muri Repubulika ya Centrafrica, bijyanye n’uko ingabo za RDF zimazeyo igihe zibungabunga amahoro n’umutekano, hari agace kaho kiswe Kigali. Nk’uko RBA dukesha aya makuru yabitangaje, Abanyarwanda baba muri Centrafrica barimo abahungiyeyo mu 1994 ubwo Abatutsi bakorerwaga jenoside. Hataroherezwayo ingabo z’u Rwanda ngo zibungabunge amahoro n’umutekano, Abanyarwanda nta gaciro […]
Burundi: Imipaka yo ku butaka no mu mazi igiye gufungwa mu kwirinda Covid-19
Guverinoma y’u Burundi kuri uyu wa 8 Mutarama 2021 yatangaje ko igiye gufunga imipaka yose yo ku butaka no mu mazi guhera tariki ya 11 uku kwezi, mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Covid-19. Bigaragara mu nyandiko y’ibyemezo byafashwe na komite ishinzwe kurwanya ikwirakwira ry’iki cyorezo mu Burundi. Gusa n’ubwo iyi mipaka izaba ifunze guhera […]
Perezida wa Zimbabwe yifatiye ku gahanga USA
Perezida wa Zimbabwe, Emerson Mnangagwa kuri uyu wa 7 Mutarama 2021, yifatiye ku gahanga Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’aho abaturage bashyigikiye Perezida Donald Trump bakoreye imyigaragambyo ku ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko. Perezida Mnangagwa yifashishije urubuga rwa Twitter, yavuze ko mu mwaka ushize, Perezida Trump uyoboye USA yashyiriyeho Zimbabwe ibihano by’ubukungu, iyishinja kurangwa n’ibikorwa […]
Burundi: Urusaku rw’imbunda ziremereye rwumvikanye hafi n’u Rwanda
Mu masaa tanu y’ijoro ryo ku wa 6 Mutarama 2021, mu duce twa Nyamuzi na Ruhororo muri Komine Mabayi mu Ntara ya Cibotoke; hafi y’Akarere ka Rusizi mu Rwanda, humvikanye urusaku rw’imbunda ziremereye rwamaze iminota igera kuri 30. Aya makuru SOS Media yatangaje, ivuga ko iyakesha bamwe mu baturage batuye muri utu duce two mu […]
Umuhire Valentin wari inararibonye mu itangazamakuru, yapfuye
Umuhire Valentin wari inararibonye mu mwuga w’itangazamakuru ryo mu Rwanda, yapfuye ku mugoroba wo kuri uyu wa 7 Mutarama 2021, azize uburwayi. Ni amakuru murumuna we wari umurwarije mu bitaro bikuru bya Kigali (CHUK), yahamirije ibitangazamakuru birimo Kigali Today. Umuhire Valentin yashinze igitangazamakuru gikorera kuri interineti, Value News, akaba yaramenyekanye cyane mu mwuga w’itangazamakuru ryo […]
Abantu 167 banduye Covid-19, hapfa umugore w’imyaka 46

Minisiteri y’Ubuzima imaze gutangaza ko abandi bantu 167 banduye icyorezo cya Covid-19 kuri uyu wa 7 Mutarama 2021, mu bipimo 5970 byafashwe. Aba barimo 117 babonetse i Kigali, 18 babonetse i Musanze, 9 babonetse i Nyamasheke, 8 babonetse i Huye, 6 babonetse muri Kamonyi, 6 babonetse muri Rubavu, 2 babonetse i Muhanga n’undi wabonetse muri […]
Rurageretse hagati y’Umujyi wa Kigali n’umugore wa Milimo, hejuru ya sitasiyo ya lisansi

Ifoto: KT Press Rurageretse hagati y’umuryango wa nyakwigendera Milimo Gaspard wari umucuruzi ukomeye muri Kigali uhagarariwe n’umugore, Gahongayire Winifride, n’ubuyobozi bw’uyu mujyi bwategetse ko sitasiyo ya lisansi iherereye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge, isenywa. Nk’uko tubikesha KT Press, kuri uyu wa 7 Mutarama 2021 ni bwo Enjenyeri w’Umujyi wa Kigali, Emmanuel Asaba […]
Incuke n’abo mu mashuri abanza bamaze hafi amezi 10 batiga, bagiye gusubira ku ishuri

Minisiteri y’Uburezi ,MINEDUC, kuri uyu wa 7 Mutarama 2021 yasohoye ingengabihe y’amasomo y’abana b’incuke n’abo mu cyiciro kibanza cy’amashuri abanza, bari bamaze igihe gikabakaba amezi 10 batiga. Bigaragara ko aya masomo azasubukurwa tariki ya 18 Mutarama 2021, arangire tariki ya 2 Mata 2021, mu gihe cya mbere kizamara ibyumweru 11. Bazagira ikiruhuko cy’ibyumweru bibiri, kizatangira […]
Huye: Imodoka yagonze abanyeshuri 14, umwe ahasiga ubuzima

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota RAV4 yihutaga, mu masaa mbiri y’ijoro ryo kuri uyu wa 6 Mutarama 2021 yagonze abanyeshuri 14 biga mu ishuri ry’ababikira rya C.S Elena Guerra riherereye mu Mudugudu wa Buye, Akagari ka Butare, Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Huye; umwe muri bo ahasiga ubuzima. Uwapfuye ni Irakoze Joanna wigaga […]
Uwabeshyaga ko ari umupolisi, umusirikare n’umukozi wa RIB, yafashwe
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rusizi, ku wa 4 Mutarama 2021 yataye muri yombi umugabo w’imyaka 47 y’amavuko witwa Mukeshimana Mathew, nyuma yo kumenyeshwa ko yambura abaturage ababeshya ko ari umupolisi, umusirikare n’umukozi w’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB). Mukeshimana yafatiwe mu Mudugudu wa Ruganda, Akagari ka Kadashya, Uurenge wa Kamembe, biturutse ku makuru y’umuturage […]
USA: Bane bigaragambyaga bapfuye
Polisi ikorera mu mujyi wa Washington DC yatangaje ko abantu bane bakoreraga imyigaragambyo ku ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bafpuye. Muri bo harimo umugore wahoze mu ngabo z’iki gihugu zirwanira mu kirere, Ashli Babbit, warashwe mu gatuza ubwo yageragezaga kwinjira muri iyi ngoro. Abandi ni abagabo babiri n’umugore umwe, bapfuye […]
Imyigaragambyo ikomeye yageze mu nyubako y’Inteko yemeza intsinzi ya Joe Biden_Amafoto

Ubu abagize Inteko Ishinga Amategeko bari kwitegura kwemeza uwatsinze amatora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abayoboke ba Donald Trump bari mu myigaragambyo ikomeye ku nyubako y’iyi Nteko (Capitol Building), bamwe muri bo bakaba binjiyemo imbere. Imbarutso y’iyi myigaragambyo ni ukuba Perezida Trump kuva abagize Inteko Zitora (electoral colleges) mu Gushyingo 2020, bemeza […]
Covid-19 yishe babiri, handura 103

Minisiteri y’Ubuzima imaze gutangaza ko abandi bantu babiri bishwe n’icyorezo cya Covid-19 kuri uyu wa 6 Mutarama 2021, umubare w’abamaze gupfa muri rusange ugera ku 112. Ni umugore w’imyaka 42 n’umugabo w’imyaka 55 bapfiriye i Kigali. Abanduye ni 103 barimo 82 babonetse i Kigali, 6 babonetse i Rubavu, 3 babonetse i Musanze, 3 babonetse i […]
Bobi Wine yahawe impano y’imodoka yo kumufasha mu kwiyamamaza
Umukandida ushaka kuyobora Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, kuri uyu wa 6 Mutarama 2021 yahawe impano y’imodoka ya Pick-up, yo kwifashisha mu bikorwa byo kwiyamamaza. Yayihawe n’umuyoboke w’ishyaka NUP (National Unity Platform) ry’uyu mukandida, witwa Nyukuri Steven, ubwo yiyamamarizaga mu Karere ka Namisindwa. Bobi Wine wemeje aya makuru, yavuze ati: “Twahawe impano y’imodoka […]
Tracy Zille uvuga ko Abanyaburayi batabuze uko bica Abanyafurika ni muntu ki?
Kuri uyu wa 6 Mutarama 2021, uwiyita Tracy Zille yanditse ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwerekeye urukingo rwa Covid-19, butavuzweho rumwe na bamwe mu Banyafurika. Yagize ati: “Abanyafurika bakabaye aba nyuma binubira iby’urukingo rwa Covid-19. Iyo Abanyaburayi baba bashaka kubica, baba barabikoze kera. Ibicuruzwa bya Coca Cola bituruka i Burayi, kimwe na KFC n’ibindi bigo bitunganya […]
RDC: Haravugwa ubwiyongere bw’abitwaje intwaro biganjemo abakomoka mu Rwanda
Abatuye muri Bunyakiri muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), cyane mu biturage bya Mubuku na Ziralo; baravuga ko hari ubwiyongere bw’abitwaje intwaro biganjemo abakomoka mu Rwanda. Nk’uko igitangazamakuru Interview kibivuga, sosiyete sivile (socièté civile) ikorera muri Bunyakiri, yandikiye Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo (Théo Kasi), […]