Perezida Kenyatta yahaye Abanyarwanda 1300 ubwenegihugu
Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, kuri uyu wa 12 Ukuboza 2020 ubwo igihugu cyizihizaga umunsi wâubwigenge (Jamhuri Day), yahaye Abanyarwanda 1300 ubwenegihugu. Aba Banyarwanda ni abakomoka ku miryango yabo yavuye mu Rwanda mu myaka yâ1950 nkâuko tubikesha televiziyo ya NTV, bose bakaba baravukiye muri Kenya. Si bo gusa bahawe ubwenegihugu kandi, kuko hari abandi 1670 […]
Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe

Minisiteri ya Siporo kuri uyu wa 11 Ukuboza 2020 yatangaje ko shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, umwaka w’imikino w’2020/2021, ibaye ihagaze guhera kuri uyu wa 12 Ukuboza 2020. Hashingiwe ku mpamvu zirimo ko hari amakipe atarubahirije amabwiriza yashyizweho n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yo kwirinda Covid-19, kuba hari abakinnyi b’amwe mu makipe bagaragayeho iki […]
Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 79, hapfa uwa 54

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 11 Ukuboza 2020 yatangaje ko abantu 79 banduye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 3642 byafashwe, hapfa umuntu wa 54. Abanduye ni 31 babonetse i Kigali, 27 b’i Musanze, 12 bo muri Burera na 9 b’i Rubavu Uwapfuye ni umukecuru w’imyaka 71 y’amavuko, wapfiriye i Kigali.
Museveni yibasiye Komisiyo yâAmatora, ‘Abazungu’ na Polisi kubera Bobi Wine
Perezida Yoweri Museveni wa Uganda wari mu gikorwa cyâamasengesho kuri uyu wa 11 Ukuboza 2020, yibasiye Komisiyo yâIgihugu yâAmatora, Polisi yâIgihugu nâAbazunguâ hejuru yâimyitwarire ya Bobi Wine mu bikorwa byo kwiyamamaza. Perezida Museveni yongeye gushimangira ko imyitwarire ya Bobi Wine bahataniye umwanya wâUmukuru wâIgihugu idahwitse kuko ngo ishyira ubuzima bwâabaturage mu kaga ko kwandura icyorezo […]
Abigisha muri TVET barataka guheezwa ku mahirwe ahabwa abandi

Abarimu bigisha mu mashuri yâimyuga nâubumenyi ngiro, TVET (Technical and Vocational Education and Training) Schools yahoze yitwa VTCs, yari mu nshingano z’ikigo cya WDA, barataka guheezwa ku mahirwe agenerwa abandi bigisha amasomo asanzwe (General Education), bakaboneraho gusaba Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kubatabara kuko ahandi ntacyo babamariye. Aya mahirwe bavuga arimo kuzamurwa mu ntera mu […]
Perezida Tshisekedi yongeye gutumira abasirikare bakuru (Amafoto)

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo akaba nâUmugabo wâIngabo wâIkirenga, FĂ©lix Tshisekedi kuri uyu wa 10 Ukuboza 2020 yongeye gutumira abasirikare bakuru kugira ngo baganire ku kibazo cyâumutekano wâuburasirazuba bwâigihugu. Ni nyuma yâiminsi 8 uyu Mukuru wâIgihugu atumiye abandi basirikare nâabapolisi bakuru ku rwego rwâigihugu, kugira ngo abibutse inshingano bafite ku gihugu zirimo kwitandukanya […]
Mu turere 9 na Kigali, habonetse abantu 71 banduye Covid-19

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 10 Ukuboza 2020 yatangaje ko abantu 71 banduye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 3673 byafashwe. Barimo 24 babonetse i Kigali, 15 muri Rubavu, 14 muri Huye, 8 muri Rusizi, 3 muri Kayonza, 3 muri Gicumbi, ,1 muri Muhanga, 1 muri Gisagara, 1muri Kamonyi n’undi muri Nyagatare.
USA yatangaje ko irimo kwita ku bashaka kubangamira demukarasi muri Uganda
Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mike Pompeo kuri uyu wa 10 Ukuboza 2020 yatangaje ko bari kwita ku bashaka kubangamira inzira ya demukarasi muri Uganda, mbere yâuko amatora yâUmukuru wâIgihugu aba. Ni nyuma yâikibazo cyâumutekano abarimo umukandida wiyamamariza umwanya wâUmukuru wâIgihugu ahagarariye ishyaka National Unity Platform, Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) nâumunyapolitiki Dr. Kizza […]
Kirehe: Amayobera ku mwana wâumukobwa uri kuguruka hejuru y’amazu
Abaturage bo mu Mudugudu wa Ryabega, Akagari ka Mubuga, Umurenge wa Musaza mu Karere ka Kirehe bashobewe ndetse batewe ubwoba nâumwana wâumukobwa uri mu kigero cyâimyaka hagati ya 14 na 15 yâamavuko umaze iminsi ibiri aguruka inzu, bigaragara ko afite imbaraga zidasanzwe. Imboni ya Radiyo Izuba dukesha iyi nkuru, yageze mu isoko rya Ryabega aho […]
Perezida Trump yaba yarabujijwe kumena amabanga ya âaliensâ

Rtd. Gen. Prof. Haim Eshed, mwarimuu wabaye umusirikare ukomeye wa Israel akanaba umuyobozi w’ikigo gishizwe ibyâubumenyi bwâisanzure muri IsraĂ«l, aherutse guhishura ko ibiremwa bidasanzwe bya âaliensâ biriho ariko bikaba bikorana nâigihugu cye ndetse na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) gusa. Mu kiganiro uyu musirikare yagiranye nâigitangazamakuru cyo muri IsraĂ«l cyitwa Yediot Aharonot nkâuko Jerusalem […]
Padiri Nahimana wiyita Perezida wa Repubulika yashyizeho guverinoma nshya

Padiri Nahimana Thomas wiyita Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, tariki ya 7 Ukuboza 2020 yashyizeho guverinoma nshya avuga ko ikorera mu buhungiro, isimbura iyo yari yarashyizeho mu 2017. Iyi Guverinoma iyobowe na Ntagara Jean Paul wagizwe Minisitiri wâIntebe, na we ahita ashyiraho ba Minisitri 8 bakurikira: Minisitiri ishinzwe gucyura impunzi: Mukamurenzi Jeanne Minisitiri wâUbutegetsi bwâIgihugu: […]
Uganda yabonetsemo abantu 1199 banduye Covid-19 mu munsi umwe

Minisiteri yâUbuzima muri Uganda kuri uyu wa 9 Ukuboza 2020 yatangaje ko ibipimo 8,223 byafashwe ku wa Kabiri byerekanye ko habonetse abantu 1199 banduye icyorezo cya Covid-19. Imibare igaragaza ko aba barwayi babonetse mu turere 30 mu tugize Uganda, utwabonetsemo benshi ni tubiri (Mityana na Kamwenge twabonetsemo 9), mu gihe utwabonetsemo bake ari turindwi: Kisoro, […]
Polisi mpuzamahanga irahiga Gasana wahagarariye u Rwanda muri UN
Polisi mpuzamahanga izwi nka Interpol imaze amezi agera kuri ane ishyizeho impapuro zo guta muri yombi Ambasaderi EugĂšne-Richard Gasana wahagarariye u Rwanda mu Muryango wâAbibumbye, i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Nkâuko bigaragara, Interpol yashyize hanze izi mpapuro tariki ya 14 Kanama 2020, izivugurura tariki ya 18 Kanama 2020. Bigaragara ko akurikiranweho […]
Rwanda: Abandi babiri bishwe na Covid-19

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 9 Ukuboza 2020 yatangaje ko abandi bantu babiri bishwe n’icyorezo cya Covid-19. Aba ni: umugore w’imyaka 60 wapfiriye mu mujyi wa Kigali n’undi w’imyaka 56 wapfiriye mu Karere ka Ngororero. Naho abanduye ni 41 mu bipimo 3654 byafashwe. Aba ni 32 babonetse i Kigali, 3 babonetse muri Musanze, […]
Russia: Babujijwe kunywa inzoga mu minsi 42 nyuma yo gufata urukingo rwa Covid-19
Minisitiri wâIntebe wungirije wâu Burusiya, Tatiana Galikova, yabujije abaturage kunywa inzoga mu minsi 42, nyuma yo guhabwa urukingo cyâicyorezo cya Covid-19. Ni mu gihe iki gihugu cyemeje ko cyavumbuye urukingo rwâiki cyorezo rwitwa Spunik V cyitegura gutangira kuruha abaturage mu buryo bwa rusange. Tatiana Galikova ati: âBagomba kwirinda kujya ahahurira abantu benshi, bakambara udupfukamunwa, bagakoresha […]
Ibyâingenzi ku bwato bushya bwa Uganda butwara abantu 300 nâimodoka 18

MV Sigulu ni ubwato bunini Uganda igize mu mateka, bukaba bufite ubushobozi bwo kwikorera imodoka 18 no gutwara abagenzi 300 icya rimwe. Ubu bwato bwatangiye gukora ku mugaragaro tariki ya 3 Ukuboza 2020 mu muhango wayobowe na Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni. Icyo gihe Perezida Museveni yagize ati: âUbwato bwa Sigulu ni […]
Russia: Abajura binjiye mu ndege ifatwa nkâubwihisho bwâintambara ndimbuzi, basohokamo bemye

Abajura bo mu Burusiya batamenyekanye binjiye mu ndege idasanzwe ya Ilyushin II-80 ifatwa nkâubwihisho bwâintambara ndimbuzi, bibamo ibikoresho byâitumanaho, barinda basohokamo nta we ubatahuye. Nkâuko Minisiteri yâUmutekano wâImbere mu karere ka Taganrog kari muri iki gihugu yabitangaje, aba bajura binjiye muri iyi ndege aho yari iri ku kibuga cyâikigo gishinzwe ikoranabuhanga ryâindege kiri muri aka […]
Nyamasheke: Ntibumvikanye na Visi Meya ku byiciro bishya byâubudehe bashyizwemo

Tariki ya 4 Ukuboza 2020 ku rwego rwâigihugu ni bwo abaturage batangiye gushyirwa mu byiciro byâubudehe bishya, gusa hakomeje kumvikana impaka nâamakimbirane bivuka hagati yabo nâabayobozi (mu midugudu, mu tugari no mu mirenge) bitewe nâuko babashyira mu byo batifuza, bavuga ko âbitajyanye nâubushobozi bwaboâ. Inkuru nkâizi zumvikanye mu turere dutandukanye mu gihugu, BWIZA ibasha kugera […]
PSG vs Basaksehir: Umusifuzi yatutse umwirabura, abakinnyi bose bava mu kibuga

Umukino wahuje Paris Saint Germain na Istanbul Basaksehir mu irushanwa rya UEFA Champions League, wasubitswe iminota igera kuri 40 bitewe nâumusifuzi wa kane watutse mu buryo bwâivanguraruhu umunya-Cameroon, Pierre Webo. Pierre Webo wabaye rutahizamu wa Cameroon, ubu ni umutoza wungirije wa Basaksehir. Umusifuzi ushinjwa kumutuka ni umunya-Romania Sebastian Coltescu, bikaba byavuyemo guterana amagambo hagati yabo […]
Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 46

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 8 Ukuboza 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 46 mu bipimo 3855 byafashwe. Abanduye barimo 24 babonetse i Kigali, 10 babonetse muri Rubavu, 6 babonetse muri Bugesera, 3 babonetse muri Kirehe, 2 babonetse muri Rusizi n’uwabonetse muri Rwamagana.
Karasira Aimable yemeje ko yahamagajwe na RIB
Karasira Aimable kuri uyu wa 8 Ukuboza 2020 yatangaje ko Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB) rwamuhamagaje ku cyicaro cyarwo giherereye mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo. Ni nyuma yâamakuru yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko uru rwego rwamutaye muri yombi. BWIZA twari twahamagaye Umuvugizi wa RIB kugira ngo tumenye niba koko Karasira Aimable yatawe […]
Mu Nteko: Imirwano ikaze hagati yâabashyigikiye Perezida Tshisekedi nâaba Kabila

Nyuma yâakavuyo kabaye ejo ku wa 7 Ukuboza 2020 mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, gatewe nâabayoboke bâihuriro mpuzamashyaka rya CACH, uyu munsi noneho barwanye mu buryo buteye impungenge. Mu minota mike ishize, umunyamakuru Stanis Bujakera wa ActualitĂ©, washyize ahagaragara videwo yâaba badepite bari kurwana, yagize ati: âImirwano iri kuba muri […]
Agahinda kâumugabo wâumugore uherutse kubyara inkoko
Robert Kisinde, umugabo wâumugore uherutse kubyarira inkoko mu gace ka Uvinza gaherereye mu Ntara ya Kigoma muri Tanzania, ari mu gahinda kenshi bitewe nâuburyo umuryango wabo ukomeje kubura umwana muzima. Uyu mugabo mu kiganiro yagiranye na Clouds TV, yavuze ko amaze imyaka 4 ashakanye nâuyu mugore. Ngo hashize umwaka umwe umwana wa mbere babyaranye tariki […]
Prof. Sam Rugege wayoboye Urukiko rwâIkirenga yahawe imirimo mishya
Prof. Sam Rugege wayoboye Urukiko rwâIkirenga mu Rwanda, kuri uyu wa 7 Ukuboza 2020 yashyizwe mu Nama y’Ubutegetsi yâumuryango mpuzamahanga wa Weinstein International Foundation wunga abafitanye amakimbirane. Kugirira Prof. Rugege iki cyizere, uyu muryango wabishingiye ku bunararibonye afite nkâuwamaze imyaka 16 ayobora mu Rukiko rwâIkirenga rwâu Rwanda, agateza imbere ubutabera ndetse akanashyira imbere ubwunzi mu […]
Akaduruvayo mu ngoro yâInteko Ishinga Amategeko ya RDC

Kuri uyu wa 7 Ukuboza 2020 ingoro yâInteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yabayemo akaduruvayo katewe nâabadepite bâihuriro mpuzamashyaka rya CACH rya Perezida FĂ©lix Tshisekedi. Byahereye hanze yâiyi ngoro, aho abarwanashyaka bâamashyaka ya UDPS rya Perezida FĂ©lix Tshisekedi na PPRD rya Joseph Kabila babanje guteza akavuyo hanze; biganjemo abari bafite moto, ndetse […]
Kigali yabonetsemo abantu 50 banduye Covid-19

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 7 Ukuboza 2020 yatangaje ko Umujyi wa Kigali wabonetsemo abantu 50 banduye icyorezo cya Covid-19. Ni mu gihe muri rusange, abanduye uyu munsi ari 62, mu bipimo 2182 byafashwe. Harimo aba bâi Kigali, 7 babonetse muri Musanze, 3 babonetse muri Rubavu, uwabonetse muri Ngororero n’uwabonetse muri Rusizi.
Ngo âImanaâ yamwohereje âkubetingaâ kuri Bayern, moto ye ibigenderamo

Umumotari ubarizwa mu gace ka Bukedea mu burasirazuba bwa Uganda, yavuze ko Imana yamwohereje gutega (kubetinga) ku mukino wa UEFA Champions League uherutse guhuza Bayern Munich na Atletico Madrid, birangira moto ye ibigendeyemo. Moto uyu mugabo yari afite ni Bajaj. Bitewe nâuko ngo Imana yari yamweretse ko agomba gutsindira amafaranga yasheteye, yafashe icyemezo cyo kuyigurisha […]
Nyina yamubwiye ko yamubyaranye nâinguge
Umwana witwa Augusto Dembo uri mu kigero cyâimyaka 13 yâamavuko, ubarizwa mu murwa mukuru wa Angola, Luanda, yavuze ko nyina yasize amubwiye ko yamubyaranye nâinyamaswa ya âchimpanzeeâ iri mu muryango wâinguge. Nkâuko igitangazamakuru Gazeta Nacional cyabitangaje, uyu mubyeyi wâuyu mwana witwaga Anita Dembo (yarapfuye) ngo yakoraga muri Pariki yâIgihugu ya Cameia kuva mu 1998. Mu […]
FCC yarakaye, yavuze ko Kabila agomba kuvuga ku cyemezo Tshisekedi yafashe
Ihuriro Mpuzamashyaka rya FCC rikorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, kuri uyu wa 7 Ukuboza 2020 ryatangaje ko Joseph Kabila uribereye umuyobozi wâicyubahiro agomba kuvuga âukuri kweâ ku cyemezo Perezida Tshisekedi yabafatiye. Ni nyuma yâamasaha make uyu Mukuru wâIgihugu atangaje ko agiye gusesa amasezerano yâimikoranire (coalition politique) hagati âihuriro CACH ririmo ishyaka rya rya […]
Nyagatare: Muganga yasenze umunyeshuri nyuma yâiminsi mike basezeranye
Nshimiyimana Jean Baptiste uyoboye Ikigo Nderabuzima cya Mimuli mu Karere ka Nyagatare yasenze Uwiringiyimana Marie Chantal wâimyaka 22 yâamavuko uvuga ko yiga mu mashuri yisumbuye, nyuma iminsi 12 basezeraniye imbere yâamategeko. Nkâuko byatangajwe na UKWEZI, Uwiringiyimana na Nshimiyimana basezeraniye ku Murenge tariki ya 27 Kanama 2020, uyu mukobwa akavuga ko âku munsi wakurikiyeho, batangiye kubana […]
Minani urwanya ubutegetsi bwâu Burundi arasaba bagenzi be kwitandukanya na UN
Umunyapolitiki urwanya ubutegetsi bwâu Burundi, Minani Jeremie asaba bagenzi be bahuje umurongo kwitandukanya no guhagarika imikoranire nâUmuryango wâAbibumbye. Minani yabitangaje kuri uyu wa 6 Ukuboza 2020 nyuma yâumunsi umwe uyu muryango ufashe icyemezo cyo gukura u Burundi ku rutonde rwâibihugu birangwamo umutekano muke. Yavuze ko UN nâUmunyamabanga Mukuru wayo, Antonio Guterres bagambaniye abaturage bâu Burundi, […]
CNLG yamaganye abashinja abasirikare bakuru ubwicanyi, Rujugiro yifuza inyubako ye
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 30 Ugushyingo 2020 cyaranzwe nâamakuru atandukanye yiganjemo avuga ku banyapolitiki nâiyobokama; akaba ari nayo twegeranyije uyu munsi, hiyongereyemo ayâumupira wâamaguru. Abashinja ubwicanyi abasirikare bakuru bâu Rwanda baramaganwe Komisiyo yâIgihugu yo kurwanya jenoside (CNLG) tariki ya 1 Ukuboza 2020 yashyize hanze itangazo ryamagana inkuru yaciye mu bitangazamakuru bitatu birimo The Guardian, […]
Musanze yabonetsemo abantu 21 banduye Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 6 Ukuboza 2020 yatangaje ko Akarere ka Musanze kabonetsemo abantu 21 banduye icyorezo cya Covid-19. Ni mu gihe muri rusange, abanduye uyu munsi ari 45, mu bipimo 1974 byafashwe. Harimo aba b’i Musanze, 16 babonetse i Kigali, 3 babonetse muri Rusizi, 2 babonetse muri Nyagatare, 2 babonetse muri […]
Yatereye umugore nâumwana inda icya rimwe
Umugabo wo mu giturage cya Kesses mu gace ka Uasin Gishu muri Kenya ashinjwa gutera inda umugore we nâumwana wâumukobwa arera wiga mu mwaka wa 6 wâamashuri abanza, mu bihe byegeranye. Umugore wâuyu mugabo witwa Lydia ndetse nâuyu mwana ni bo bahamirije aya makuru umunyamakuru wa televiziyo ya NTV ikorera muri iki gihugu. Lydia wari […]
Perezida Tshisekedi agiye gusesa amasezerano ye na Joseph Kabila
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi kuri uyu wa 6 Ukuboza 2020 yatangaje ko agiye gusesa amasezerano yo gusangira ubutegetsi yasinye na Joseph Kabila yasimbuye. Aya masezerano yasinywe tariki ya 6 Werurwe 2019 hagati yâamahuriro yâamashyaka ya politiki ya CACH ryari rihagarariwe na Tshisekedi na FCC ryari rihagarariwe na Joseph Kabila. […]
Umuhungu wa Museveni yasabye Besigye kumurekera umugore
Umunyapolitiki utavuga rumwe nâubutegetsi bwa Uganda, Col. Dr. Kizza Besigye yarakaje umuhungu wa Perezida Museveni, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba mu buryo bukomeye, ku buryo yananiwe kubyihanganira maze amusaba kumurekera umugore. Tariki ya 3 Ukuboza 2020, ni bwo Dr. Besigye yibasiye umugore wa Gen. Kainerugaba, Charlotte Kainerugaba nâumuvandimwe we, Ishta Muganga; ngo âbene Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga, […]
CAF Conf. Cup: AS Kigali isezereye Orapa United
AS Kigali imaze gusezerera Orapa United yo muri Botswana mu ijonjora ryâirushanwa rya CAF Confederations Cup, iyitsinze igitego kimwe ku busa. Ni umukino wo kwishyura wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, aho iyi kipe yâi Kigali yasabwaga gutsinda kugira ngo ikomereze mu kindi cyiciro cyâiri rushanwa. Intego yayo yayigezeho ibifashijwemo nâumunya-Nigeria Lawal Aboubakar wayitsindiye […]
IDPC ibona ko kurwanya urumogi birimo ivangura nâubukoloni
Umuryango mpuzamahanga uharanira politiki yo kubyaza umusaruro ibiyobyabwenge, IDPC (International Drug Policy Consortium) ubona ko kurwanya urumogi birimo imyumvire yuje ivangura ndetse nâubukoloni. Uyu muryango wabitangaje tariki ya 2 Ukuboza 2020 ubwo Komisiyo yâUmuryango wâAbibumbye ishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge yari imaze gutora itegeko rikura urumogi mu biyobyabwenge bikomeye, rikarushyira mu bimera byifashishwa mu gukora imiti. Inama […]
Afurika: Indege Abakuru bâIbihugu 7 bagenderamo n’uko zirutana mu bushobozi

Indege bwite (private jet) ni kimwe mu bikoresho byifashishwa nâAbakuru bâIbihugu mu ngendo bakora, kukibona bigasaba amafaranga menshi kugira ngo kigurwe cyangwa se gikodeshwe by’igihe gito cyangwa kirekire. Afurika ifite Abakuru b’Ibihugu bagenerwa izi ndege, ziboneka mu buryo bubiri tumaze kuvuga haruguru. Tugiye kubatangariza 7 muri bo, ubwoko bw’indege bakoresha, ibiciro n’ubushobozi bwazo, twifashishije imbuga […]
Perezida Kagame mu muhango wo gushimira Imana yahaye u Rwanda Karidinali (Amafoto)

Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame yitabiriye umuhango wo gutura igitambo cya Ukarisitiya cyo gushimira Imana iherutse kugira Musenyeri Antoine Kambanda âKaridinaliâ. Ni igitambo kiri guturirwa mu nyubako ya Kigali Arena muri iki gitondo cyâuyu wa 6 Ukuboza 2020, cyitabiriwe nâabantu batandukanye bo muri Kiliziya Gatolika ndetse nâabayobozi mu nzego zitandukanye zâigihugu. Tariki ya […]
N’amavugurura akomeye yakoze, FC Barcelona ikomeje gusuzugurwa

Imwe mu makipe abiri yâumupira wâamaguru akomeye cyane muri Esipanye, FC Barcelona ikomeje gusuzugurwa mu buryo budasanzwe, mu gihe byari byitezwe ko izitwara neza nyuma yo gukora amavugurura mbere yâuko umwaka wâimikino utangira. Ubu aho bigeze, iyi kipe yavaga mu myanya ine ya mbere ku rutonde rwâagateganyo bigoranye, iri ku mwanya wa 7 nâamanota 14 […]
Dr. Kayumba wigishaga muri Kaminuza yâu Rwanda yafunguwe
Dr. Christopher Kayumba wigishaga muri Kaminuza yâu Rwanda, yafunguwe kuri uyu wa 5 Ukuboza 2020, aho yari amaze amezi akabakaba 12 atawe muri yombi. Umuvugizi wâUrwego rwâIgihugu rushinzwe imfungwa nâabagororwa, RCS, SSP Uwera Pelly Gakwaya, yahamirije aya makuru Bwiza.com muri iki gitondo cyâuyu wa 6 Ukuboza 2020. Dr. Kayumba yagiranye ikiganiro nâumunyamakuru wa Radio/TV1, Jean […]
Umuhungu wa Perezida Ndayishimiye mu birori byo kurangiza ayisumbuye (Amafoto)

Kuri uyu wa 5 Ukuboza 2020, umuhungu wa Perezida wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye witwa Allwin Ndayishimiye hamwe na bagenzi be, bakoze ibirori byo kwishimira kuba barangije amasomo mu mashuri yisumbuye. Ibi birori byabereye mu Ntara ya Bujumbura mu ishuri rya LycĂ©e du Lac Tanganyika aho yigaga, binajyana no kubaha impamyabumenyi. Ibi birori byari byitabiriwe na […]
Mu mukino na Rutsiro FC, hari abo Rayon Sports yakinishije banduye Covid-19

Abakinnyi bane barimo batatu mu bo Rayon Sports yakinishije mu mukino wayihurije na Rutsiro FC wabereye mu Karere ka Rubavu, bagaragayeho icyorezo cya Covid-19. Nk’uko umunyamakuru wa Radio B&B Umwezi mu ishami ry’imikino, Jean Luc Imfurayacu yatangaje aya makuru mu masaha atanu ashize , abakinnyi banduye iki cyorezo ni: Ndizeye Samuel, Amran Nshimiyimana, Rudasingwa Prince […]
Rwanda: Umugabo w’imyaka 45 yishwe na Covid-19

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 4 Ukuboza 2020 yatangaje ko umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yiciwe n’icyorezo cya Covid-19 mu mujyi wa Kigali. Ni mu gihe abanduye iki cyorezo biyongereyeho 32 mu bipimo 3662 byafashwe. Barimo 13 babonetse muri Kigali, 7 babonetse i Musanze, 5 babonetse muri Rubavu, 2 babonetse muri Rutsiro n’uwabonetse muri […]
Yibye nyirabuja uruhinja amuziza kutamuhembera amezi 8 yamukoreye

Umukozi wo mu rugo wâUmurundikazi, Wineza MĂ©diatrice uvuka mu Ntara ya Ngozi, yibye nyirabuja rw’amezi 6 uruhinja amuhora kumara amezi 8 atamuhemba. Iyi nkuru yamenyekanye kuri uyu wa 3 Ukuboza 2020, ubwo Wineza yafatirwaga mu modoka nâigipolisi cyâu Burundi mu Ntara ya Kayanza, aho yahise ajya gufungirwa muri kasho iherereye mu Ntara ya Bubanza. Ubwo […]
Rwanda: Amadini nâamatorero byongeye koroherezwa

Minisiteri yâUbutegetsi bwâIgihugu, kuri uyu wa 4 Ukuboza 2020 yongeye korohereza insengero, aho bimwe mu bikorwa byari byarahagaritswe bigiye kongera kujya bikorwa. Mu mpinduka zikomeye zakozwe harimo ko kubatiza nâandi masakaramentu byemewe gusa hakubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Iya kabiri ni uko abana bafite imyaka 6 kuzamura bemerewe kujyana nâababyeyi cyangwa abavandimwe babo […]
Namibia igiye kugurisha mu cyamunara inzovu 170
Minisiteri yâIbidukikije, Amashyamba nâUbukerarugendo muri Namibia, tariki ya 2 Ukuboza 2020 yatangaje ko igiye kugurisha mu cyamunara inzovu 170. Impamvu iki gihugu kigiye kuzigurisha nk’uko iyi Minisiteri yabitangaje ni uko umubare wazo ukomeje kwiyongera, zikabura ubwatsi maze zikajya konera abaturage imyaka; nabo bakazihimuraho bazihiga. Kuzigurisha rero ni ukugira ngo iki gihugu kizasigarane umubare wâizo kizashobora […]
Nyamagabe: Abacururiza mu isoko rishya bavuze ko ubukode buhenze, Meya abizeza koroherezwa

Umuyobozi wâAkarere ka Nyamagabe, Uwamahoro Bonaventure kuri uyu wa 4 Ukuboza 2020 yizeje abacururiza mu isoko rishya riherereye mu Murenge wa Gasaka koroherezwa nyuma yo gutakamba bavuga ko ibiciro byâubukode byashyizweho nâabashoramari bihanitse. Meya Uwamahoro yabitangarije mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru uyu munsi, kirebana nâiterambere ryâAkarere ka Nyamagabe. Nkâuko abacuruzi bakorera muri iri soko biganjemo abacuruzi […]
Nta gihamya cyerekana ko umurinzi wa Bobi Wine yagerageje kumwica_Icukumbura

Tariki ya 2 Ukuboza 2020, hakozwe icukumbura ryâibanze ryâamashusho byavuzwe ko yafashwe nâumunyamakuru wa Ghetto TV ubwo umukandida ku mwanya wâUmukuru wâIgihugu muri Uganda, Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) yiyamamazaga, bimwe mu bitangazamakuru byerekana ko umurinzi we witwa Nobert Elba Ariho yashatse kumwica. Bobi Wine yiyamamarizaga mu Karere ka Kayunga tariki ya 1 Ukuboza […]
Kamonyi: Hari abasore bigize ibihazi, ngo âna leta yarabatinyeâ
Mu Kagari ka Gishyeshye mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka Kamonyi, byâumwiharimo mu Mudugudu wa Nyamabuye haravugwa itsinda ryâabasore bâibihazi bagendana imihoro n’imbwa, bagatema abaturage ku buryo ngo na leta yaba yarabananiye. Ni amakuru Bwiza yahawe ku wa Mbere tariki ya 30 Ugushyingo 2020 nyuma yâiminsi ibiri abasore barimo Uwizeyimana Samuel batemye Muragijimana Eric […]
Muhire akeneye ubundi bufasha nyuma yo kugera mu Misiri, akanakorerwa operasiyo
Tariki ya 23 Nzeri na 11 Ukwakira 2020, Bwiza.com yabagejejeho inkuru yâumusore wâimyaka 29 yâamavuko witwa Muhire Jean Claude utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge. Kuva muri Gashyantare 2019 kugeza mu mpera zâUkwakira 2020, uyu musore yajyaga kwivuriza mu bitaro bikuru bya Kigali (CHUK) indwara zirimo impyiko zombi zari zarageze ku rwego […]
Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 17

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 3 Ukuboza 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 17 mu bipimo 3712 byafashwe. Abanduye barimo 10 babonetse muri Kigali, 3 babonetse muri Gatsibo, 2 babonetse muri Rusizi, uwabonetse muri Musanze nâundi wabonetse i Rubavu.
Ndi inkota ikeba ku mpande zombi_Bobi Wine
Ubwo yasubukuriraga ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Kibuku muri Uganda, umukandida Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) yiyise inkota ikeba ku mpande zombi. Ni umunsi uyu munyapolitiki akaba nâumuhanzi, yigaragajemo mu buryo budasanzwe, aho yari yambaye ibikoresho birinda amasasu nkâagakoti (anti-balle) nâingofero yâicyuma (casque). Bobi Wine kandi yari yambaye nâisarubeti itukura, ijya kugira imiterere […]
UN yakuye urumogi ku rutonde rwâibiyobyabwenge byica

Inama yahuje ibuhugu bigize Komisiyo yâUmuryango wâAbibumbye (UN) ishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (CND), yateraniye i Vienna muri Austria kuri uyu wa 2 Ukuboza 2020, yakuye urumogi ku rutonde rwâibiyobyabwenge byica. Ni nyuma yâubusabe bwâUmuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) wegamiye kuri UN, watanze impamvu zâuko iki kimera gikwiriye gukurwa kuri uru rutonde, mu rwego rwo guteza […]
Umubiri, ubwenge nâumutima bya Padiri Ubald byakozweho na Covid-19_Umutangabuhamya
Umwe mu bakurikiranira hafi ubuzima bwa Padiri Ubald Rugirangoga uzwiho gusengera abantu bagakira indwara zikomeye, avuga ko umubiri, ubwenge nâumutima bye byakozweho nâicyorezo cya Covid-19. Ni ubutumwa bukubiye mu itangazo ryatambutse ku rubuga rwa Facebook Padiri Ubald asanzwe akoresha, kuri uyu wa 2 Ukuboza 2020. Uyu mutangabuhamya avuga ko Padiri Ubald ânta bwandu bwa Covid […]
Bobi Wine asubiye kwiyamamaza yambaye ibimurinda amasasu

Nyuma yâumunsi umwe asubitse ibikorwa byo kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu cya Uganda, kuri uyu wa 3 Ukuboza 2020 Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) abisubukuye yambaye ibikoresho bimurinda amasasu (anti-balle na casque). Ni mu rwego rwo gukaza umutekano we, bitewe nâuburyo akomeje gukumirwa nâabashinzwe umutekano; bagera ubwo barasa ibyuka biryana mu maso mu bayoboke be, rimwe […]
Umwuka mubi muri FCC-CACH mu byatumye Tshisekedi atumira abasirikare bakuru

Ku wa 1 Ukuboza 2020, Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) akaba nâUmugaba wâIkirenga, FĂ©lix Tshisekedi, yakiriye mu biro bye abakuru mu nzego zâumutekano biganjemo abasirikare. Iyi nama yarimo abasirikare bakuru mu gisirikare cya RDC; mu byiciro bitandukanye ndetse nâabapolisi, Perezida Tshisekedi yayitumijeho kugira ngo âabasirikare nâabapolisi bashimangire inshingano bamufiteho zo kuba abizerwa.â […]
Rwanda: Umuntu wa 50 yishwe na Covid-19

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 2 Ukuboza 2020 yatangaje ko umugabo w’imyaka 45 yiciwe na Covid-19 i Kigali, akaba yabaye uwa 50 wishwe n’iki cyorezo muri iki gihugu. Ni mu gihe abanduye ari 46 badimo 29 babonetse i Kigali, 7 babonetse muri Rwamagana, 4 babonetse i Musanze, 3 babonetse i Rubavu, uwabonetse muri […]
Ibirenga 5 wakwirinda kugira ngo ugabanye ibyago byo kwandura kanseri

Kanseri ni uruhurirane rw’indwara zihitana ubuzima bwa benshi ku Isi, mu gihe idakumiriwe hakiri kare. Nkâuko imibare yâUmuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) ubigaragaza, nko mu 2018 kanseri yishe abantu miliyoni 9.6 kandi bigaragara ko bagenda biyongera, ugereranyije no mu 2015, aho yishe miliyoni 8.8. Kwandura kanseri, usanga ahanini biterwa nâimyitwarire yâumuntu, cyane cyane ku […]