Perezida Kenyatta yahaye Abanyarwanda 1300 ubwenegihugu

uhuru-gives-citizenship-papers-to-20-members-of-shona-rwandese-communities-youtube-thumbnail.jpg

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, kuri uyu wa 12 Ukuboza 2020 ubwo igihugu cyizihizaga umunsi w’ubwigenge (Jamhuri Day), yahaye Abanyarwanda 1300 ubwenegihugu. Aba Banyarwanda ni abakomoka ku miryango yabo yavuye mu Rwanda mu myaka y’1950 nk’uko tubikesha televiziyo ya NTV, bose bakaba baravukiye muri Kenya. Si bo gusa bahawe ubwenegihugu kandi, kuko hari abandi 1670 […]

Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe

eo_gwifw8aawhje.jpg

Minisiteri ya Siporo kuri uyu wa 11 Ukuboza 2020 yatangaje ko shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, umwaka w’imikino w’2020/2021, ibaye ihagaze guhera kuri uyu wa 12 Ukuboza 2020. Hashingiwe ku mpamvu zirimo ko hari amakipe atarubahirije amabwiriza yashyizweho n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yo kwirinda Covid-19, kuba hari abakinnyi b’amwe mu makipe bagaragayeho iki […]

Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 79, hapfa uwa 54

eo-k2q4xiaabd7p-1.png

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 11 Ukuboza 2020 yatangaje ko abantu 79 banduye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 3642 byafashwe, hapfa umuntu wa 54. Abanduye ni 31 babonetse i Kigali, 27 b’i Musanze, 12 bo muri Burera na 9 b’i Rubavu Uwapfuye ni umukecuru w’imyaka 71 y’amavuko, wapfiriye i Kigali.

Museveni yibasiye Komisiyo y’Amatora, ‘Abazungu’ na Polisi kubera Bobi Wine

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda wari mu gikorwa cy’amasengesho kuri uyu wa 11 Ukuboza 2020, yibasiye Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Polisi y’Igihugu n’Abazungu’ hejuru y’imyitwarire ya Bobi Wine mu bikorwa byo kwiyamamaza. Perezida Museveni yongeye gushimangira ko imyitwarire ya Bobi Wine bahataniye umwanya w’Umukuru w’Igihugu idahwitse kuko ngo ishyira ubuzima bw’abaturage mu kaga ko kwandura icyorezo […]

Abigisha muri TVET barataka guheezwa ku mahirwe ahabwa abandi

img-20201209-wa0010.jpg

Abarimu bigisha mu mashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro, TVET (Technical and Vocational Education and Training) Schools yahoze yitwa VTCs, yari mu nshingano z’ikigo cya WDA, barataka guheezwa ku mahirwe agenerwa abandi bigisha amasomo asanzwe (General Education), bakaboneraho gusaba Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kubatabara kuko ahandi ntacyo babamariye. Aya mahirwe bavuga arimo kuzamurwa mu ntera mu […]

Perezida Tshisekedi yongeye gutumira abasirikare bakuru (Amafoto)

eo5m78lxuaelt-l.jpg

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo akaba n’Umugabo w’Ingabo w’Ikirenga, FĂ©lix Tshisekedi kuri uyu wa 10 Ukuboza 2020 yongeye gutumira abasirikare bakuru kugira ngo baganire ku kibazo cy’umutekano w’uburasirazuba bw’igihugu. Ni nyuma y’iminsi 8 uyu Mukuru w’Igihugu atumiye abandi basirikare n’abapolisi bakuru ku rwego rw’igihugu, kugira ngo abibutse inshingano bafite ku gihugu zirimo kwitandukanya […]

Mu turere 9 na Kigali, habonetse abantu 71 banduye Covid-19

eo53ib0w4acxwbt.png

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 10 Ukuboza 2020 yatangaje ko abantu 71 banduye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 3673 byafashwe. Barimo 24 babonetse i Kigali, 15 muri Rubavu, 14 muri Huye, 8 muri Rusizi, 3 muri Kayonza, 3 muri Gicumbi, ,1 muri Muhanga, 1 muri Gisagara, 1muri Kamonyi n’undi muri Nyagatare.

USA yatangaje ko irimo kwita ku bashaka kubangamira demukarasi muri Uganda

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mike Pompeo kuri uyu wa 10 Ukuboza 2020 yatangaje ko bari kwita ku bashaka kubangamira inzira ya demukarasi muri Uganda, mbere y’uko amatora y’Umukuru w’Igihugu aba. Ni nyuma y’ikibazo cy’umutekano abarimo umukandida wiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu ahagarariye ishyaka National Unity Platform, Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) n’umunyapolitiki Dr. Kizza […]

Kirehe: Amayobera ku mwana w’umukobwa uri kuguruka hejuru y’amazu

Abaturage bo mu Mudugudu wa Ryabega, Akagari ka Mubuga, Umurenge wa Musaza mu Karere ka Kirehe bashobewe ndetse batewe ubwoba n’umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka hagati ya 14 na 15 y’amavuko umaze iminsi ibiri aguruka inzu, bigaragara ko afite imbaraga zidasanzwe. Imboni ya Radiyo Izuba dukesha iyi nkuru, yageze mu isoko rya Ryabega aho […]

Perezida Trump yaba yarabujijwe kumena amabanga ya ‘aliens’

120920_ts_aliens_feat-800x450.jpg

Rtd. Gen. Prof. Haim Eshed, mwarimuu wabaye umusirikare ukomeye wa Israel akanaba umuyobozi w’ikigo gishizwe iby’ubumenyi bw’isanzure muri IsraĂ«l, aherutse guhishura ko ibiremwa bidasanzwe bya ‘aliens’ biriho ariko bikaba bikorana n’igihugu cye ndetse na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) gusa. Mu kiganiro uyu musirikare yagiranye n’igitangazamakuru cyo muri IsraĂ«l cyitwa Yediot Aharonot nk’uko Jerusalem […]

Padiri Nahimana wiyita Perezida wa Repubulika yashyizeho guverinoma nshya

eoxkxtnxmaa2dnl.jpg

Padiri Nahimana Thomas wiyita Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, tariki ya 7 Ukuboza 2020 yashyizeho guverinoma nshya avuga ko ikorera mu buhungiro, isimbura iyo yari yarashyizeho mu 2017. Iyi Guverinoma iyobowe na Ntagara Jean Paul wagizwe Minisitiri w’Intebe, na we ahita ashyiraho ba Minisitri 8 bakurikira: Minisitiri ishinzwe gucyura impunzi: Mukamurenzi Jeanne Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu: […]

Uganda yabonetsemo abantu 1199 banduye Covid-19 mu munsi umwe

eozy3lpxcaa5fjv-1.jpg

Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda kuri uyu wa 9 Ukuboza 2020 yatangaje ko ibipimo 8,223 byafashwe ku wa Kabiri byerekanye ko habonetse abantu 1199 banduye icyorezo cya Covid-19. Imibare igaragaza ko aba barwayi babonetse mu turere 30 mu tugize Uganda, utwabonetsemo benshi ni tubiri (Mityana na Kamwenge twabonetsemo 9), mu gihe utwabonetsemo bake ari turindwi: Kisoro, […]

Polisi mpuzamahanga irahiga Gasana wahagarariye u Rwanda muri UN

Polisi mpuzamahanga izwi nka Interpol imaze amezi agera kuri ane ishyizeho impapuro zo guta muri yombi Ambasaderi EugĂšne-Richard Gasana wahagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Nk’uko bigaragara, Interpol yashyize hanze izi mpapuro tariki ya 14 Kanama 2020, izivugurura tariki ya 18 Kanama 2020. Bigaragara ko akurikiranweho […]

Rwanda: Abandi babiri bishwe na Covid-19

eo0oe1vxcaimoro.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 9 Ukuboza 2020 yatangaje ko abandi bantu babiri bishwe n’icyorezo cya Covid-19. Aba ni: umugore w’imyaka 60 wapfiriye mu mujyi wa Kigali n’undi w’imyaka 56 wapfiriye mu Karere ka Ngororero. Naho abanduye ni 41 mu bipimo 3654 byafashwe. Aba ni 32 babonetse i Kigali, 3 babonetse muri Musanze, […]

Russia: Babujijwe kunywa inzoga mu minsi 42 nyuma yo gufata urukingo rwa Covid-19

Minisitiri w’Intebe wungirije w’u Burusiya, Tatiana Galikova, yabujije abaturage kunywa inzoga mu minsi 42, nyuma yo guhabwa urukingo cy’icyorezo cya Covid-19. Ni mu gihe iki gihugu cyemeje ko cyavumbuye urukingo rw’iki cyorezo rwitwa Spunik V cyitegura gutangira kuruha abaturage mu buryo bwa rusange. Tatiana Galikova ati: “Bagomba kwirinda kujya ahahurira abantu benshi, bakambara udupfukamunwa, bagakoresha […]

Iby’ingenzi ku bwato bushya bwa Uganda butwara abantu 300 n’imodoka 18

mv_sigulu.jpg

MV Sigulu ni ubwato bunini Uganda igize mu mateka, bukaba bufite ubushobozi bwo kwikorera imodoka 18 no gutwara abagenzi 300 icya rimwe. Ubu bwato bwatangiye gukora ku mugaragaro tariki ya 3 Ukuboza 2020 mu muhango wayobowe na Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni. Icyo gihe Perezida Museveni yagize ati: “Ubwato bwa Sigulu ni […]

Russia: Abajura binjiye mu ndege ifatwa nk’ubwihisho bw’intambara ndimbuzi, basohokamo bemye

e84fff17-0ec6-49a4-9cd6-a31212dac2cd.jpg

Abajura bo mu Burusiya batamenyekanye binjiye mu ndege idasanzwe ya Ilyushin II-80 ifatwa nk’ubwihisho bw’intambara ndimbuzi, bibamo ibikoresho by’itumanaho, barinda basohokamo nta we ubatahuye. Nk’uko Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu karere ka Taganrog kari muri iki gihugu yabitangaje, aba bajura binjiye muri iyi ndege aho yari iri ku kibuga cy’ikigo gishinzwe ikoranabuhanga ry’indege kiri muri aka […]

Nyamasheke: Ntibumvikanye na Visi Meya ku byiciro bishya by’ubudehe bashyizwemo

img-20200124-wa0109-1.jpg

Tariki ya 4 Ukuboza 2020 ku rwego rw’igihugu ni bwo abaturage batangiye gushyirwa mu byiciro by’ubudehe bishya, gusa hakomeje kumvikana impaka n’amakimbirane bivuka hagati yabo n’abayobozi (mu midugudu, mu tugari no mu mirenge) bitewe n’uko babashyira mu byo batifuza, bavuga ko “bitajyanye n’ubushobozi bwabo”. Inkuru nk’izi zumvikanye mu turere dutandukanye mu gihugu, BWIZA ibasha kugera […]

PSG vs Basaksehir: Umusifuzi yatutse umwirabura, abakinnyi bose bava mu kibuga

fb_img_16074620900755919.jpg

Umukino wahuje Paris Saint Germain na Istanbul Basaksehir mu irushanwa rya UEFA Champions League, wasubitswe iminota igera kuri 40 bitewe n’umusifuzi wa kane watutse mu buryo bw’ivanguraruhu umunya-Cameroon, Pierre Webo. Pierre Webo wabaye rutahizamu wa Cameroon, ubu ni umutoza wungirije wa Basaksehir. Umusifuzi ushinjwa kumutuka ni umunya-Romania Sebastian Coltescu, bikaba byavuyemo guterana amagambo hagati yabo […]

Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 46

eovczgzxmaexd9q.png

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 8 Ukuboza 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 46 mu bipimo 3855 byafashwe. Abanduye barimo 24 babonetse i Kigali, 10 babonetse muri Rubavu, 6 babonetse muri Bugesera, 3 babonetse muri Kirehe, 2 babonetse muri Rusizi n’uwabonetse muri Rwamagana.

Karasira Aimable yemeje ko yahamagajwe na RIB

Karasira Aimable kuri uyu wa 8 Ukuboza 2020 yatangaje ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamuhamagaje ku cyicaro cyarwo giherereye mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo. Ni nyuma y’amakuru yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko uru rwego rwamutaye muri yombi. BWIZA twari twahamagaye Umuvugizi wa RIB kugira ngo tumenye niba koko Karasira Aimable yatawe […]

Mu Nteko: Imirwano ikaze hagati y’abashyigikiye Perezida Tshisekedi n’aba Kabila

image_1607434486.jpg

Nyuma y’akavuyo kabaye ejo ku wa 7 Ukuboza 2020 mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, gatewe n’abayoboke b’ihuriro mpuzamashyaka rya CACH, uyu munsi noneho barwanye mu buryo buteye impungenge. Mu minota mike ishize, umunyamakuru Stanis Bujakera wa ActualitĂ©, washyize ahagaragara videwo y’aba badepite bari kurwana, yagize ati: “Imirwano iri kuba muri […]

Agahinda k’umugabo w’umugore uherutse kubyara inkoko

Robert Kisinde, umugabo w’umugore uherutse kubyarira inkoko mu gace ka Uvinza gaherereye mu Ntara ya Kigoma muri Tanzania, ari mu gahinda kenshi bitewe n’uburyo umuryango wabo ukomeje kubura umwana muzima. Uyu mugabo mu kiganiro yagiranye na Clouds TV, yavuze ko amaze imyaka 4 ashakanye n’uyu mugore. Ngo hashize umwaka umwe umwana wa mbere babyaranye tariki […]

Prof. Sam Rugege wayoboye Urukiko rw’Ikirenga yahawe imirimo mishya

Prof. Sam Rugege wayoboye Urukiko rw’Ikirenga mu Rwanda, kuri uyu wa 7 Ukuboza 2020 yashyizwe mu Nama y’Ubutegetsi y’umuryango mpuzamahanga wa Weinstein International Foundation wunga abafitanye amakimbirane. Kugirira Prof. Rugege iki cyizere, uyu muryango wabishingiye ku bunararibonye afite nk’uwamaze imyaka 16 ayobora mu Rukiko rw’Ikirenga rw’u Rwanda, agateza imbere ubutabera ndetse akanashyira imbere ubwunzi mu […]

Akaduruvayo mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya RDC

image_1607411061.jpg

Kuri uyu wa 7 Ukuboza 2020 ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yabayemo akaduruvayo katewe n’abadepite b’ihuriro mpuzamashyaka rya CACH rya Perezida FĂ©lix Tshisekedi. Byahereye hanze y’iyi ngoro, aho abarwanashyaka b’amashyaka ya UDPS rya Perezida FĂ©lix Tshisekedi na PPRD rya Joseph Kabila babanje guteza akavuyo hanze; biganjemo abari bafite moto, ndetse […]

Kigali yabonetsemo abantu 50 banduye Covid-19

eoqt24gw8acrduj-1.png

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 7 Ukuboza 2020 yatangaje ko Umujyi wa Kigali wabonetsemo abantu 50 banduye icyorezo cya Covid-19. Ni mu gihe muri rusange, abanduye uyu munsi ari 62, mu bipimo 2182 byafashwe. Harimo aba b’i Kigali, 7 babonetse muri Musanze, 3 babonetse muri Rubavu, uwabonetse muri Ngororero n’uwabonetse muri Rusizi.

Ngo ‘Imana’ yamwohereje ‘kubetinga’ kuri Bayern, moto ye ibigenderamo

screenshot_20201201-182419_chrome-780x470.jpg

Umumotari ubarizwa mu gace ka Bukedea mu burasirazuba bwa Uganda, yavuze ko Imana yamwohereje gutega (kubetinga) ku mukino wa UEFA Champions League uherutse guhuza Bayern Munich na Atletico Madrid, birangira moto ye ibigendeyemo. Moto uyu mugabo yari afite ni Bajaj. Bitewe n’uko ngo Imana yari yamweretse ko agomba gutsindira amafaranga yasheteye, yafashe icyemezo cyo kuyigurisha […]

Nyina yamubwiye ko yamubyaranye n’inguge

Umwana witwa Augusto Dembo uri mu kigero cy’imyaka 13 y’amavuko, ubarizwa mu murwa mukuru wa Angola, Luanda, yavuze ko nyina yasize amubwiye ko yamubyaranye n’inyamaswa ya ‘chimpanzee’ iri mu muryango w’inguge. Nk’uko igitangazamakuru Gazeta Nacional cyabitangaje, uyu mubyeyi w’uyu mwana witwaga Anita Dembo (yarapfuye) ngo yakoraga muri Pariki y’Igihugu ya Cameia kuva mu 1998. Mu […]

FCC yarakaye, yavuze ko Kabila agomba kuvuga ku cyemezo Tshisekedi yafashe

Ihuriro Mpuzamashyaka rya FCC rikorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, kuri uyu wa 7 Ukuboza 2020 ryatangaje ko Joseph Kabila uribereye umuyobozi w’icyubahiro agomba kuvuga ‘ukuri kwe’ ku cyemezo Perezida Tshisekedi yabafatiye. Ni nyuma y’amasaha make uyu Mukuru w’Igihugu atangaje ko agiye gusesa amasezerano y’imikoranire (coalition politique) hagati ‘ihuriro CACH ririmo ishyaka rya rya […]

Nyagatare: Muganga yasenze umunyeshuri nyuma y’iminsi mike basezeranye

Nshimiyimana Jean Baptiste uyoboye Ikigo Nderabuzima cya Mimuli mu Karere ka Nyagatare yasenze Uwiringiyimana Marie Chantal w’imyaka 22 y’amavuko uvuga ko yiga mu mashuri yisumbuye, nyuma iminsi 12 basezeraniye imbere y’amategeko. Nk’uko byatangajwe na UKWEZI, Uwiringiyimana na Nshimiyimana basezeraniye ku Murenge tariki ya 27 Kanama 2020, uyu mukobwa akavuga ko “ku munsi wakurikiyeho, batangiye kubana […]

Minani urwanya ubutegetsi bw’u Burundi arasaba bagenzi be kwitandukanya na UN

Umunyapolitiki urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, Minani Jeremie asaba bagenzi be bahuje umurongo kwitandukanya no guhagarika imikoranire n’Umuryango w’Abibumbye. Minani yabitangaje kuri uyu wa 6 Ukuboza 2020 nyuma y’umunsi umwe uyu muryango ufashe icyemezo cyo gukura u Burundi ku rutonde rw’ibihugu birangwamo umutekano muke. Yavuze ko UN n’Umunyamabanga Mukuru wayo, Antonio Guterres bagambaniye abaturage b’u Burundi, […]

CNLG yamaganye abashinja abasirikare bakuru ubwicanyi, Rujugiro yifuza inyubako ye

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 30 Ugushyingo 2020 cyaranzwe n’amakuru atandukanye yiganjemo avuga ku banyapolitiki n’iyobokama; akaba ari nayo twegeranyije uyu munsi, hiyongereyemo ay’umupira w’amaguru. Abashinja ubwicanyi abasirikare bakuru b’u Rwanda baramaganwe Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya jenoside (CNLG) tariki ya 1 Ukuboza 2020 yashyize hanze itangazo ryamagana inkuru yaciye mu bitangazamakuru bitatu birimo The Guardian, […]

Musanze yabonetsemo abantu 21 banduye Covid-19

eolbvyoxuaq820b.png

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 6 Ukuboza 2020 yatangaje ko Akarere ka Musanze kabonetsemo abantu 21 banduye icyorezo cya Covid-19. Ni mu gihe muri rusange, abanduye uyu munsi ari 45, mu bipimo 1974 byafashwe. Harimo aba b’i Musanze, 16 babonetse i Kigali, 3 babonetse muri Rusizi, 2 babonetse muri Nyagatare, 2 babonetse muri […]

Yatereye umugore n’umwana inda icya rimwe

Umugabo wo mu giturage cya Kesses mu gace ka Uasin Gishu muri Kenya ashinjwa gutera inda umugore we n’umwana w’umukobwa arera wiga mu mwaka wa 6 w’amashuri abanza, mu bihe byegeranye. Umugore w’uyu mugabo witwa Lydia ndetse n’uyu mwana ni bo bahamirije aya makuru umunyamakuru wa televiziyo ya NTV ikorera muri iki gihugu. Lydia wari […]

Perezida Tshisekedi agiye gusesa amasezerano ye na Joseph Kabila

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi kuri uyu wa 6 Ukuboza 2020 yatangaje ko agiye gusesa amasezerano yo gusangira ubutegetsi yasinye na Joseph Kabila yasimbuye. Aya masezerano yasinywe tariki ya 6 Werurwe 2019 hagati y’amahuriro y’amashyaka ya politiki ya CACH ryari rihagarariwe na Tshisekedi na FCC ryari rihagarariwe na Joseph Kabila. […]

Umuhungu wa Museveni yasabye Besigye kumurekera umugore

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Col. Dr. Kizza Besigye yarakaje umuhungu wa Perezida Museveni, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba mu buryo bukomeye, ku buryo yananiwe kubyihanganira maze amusaba kumurekera umugore. Tariki ya 3 Ukuboza 2020, ni bwo Dr. Besigye yibasiye umugore wa Gen. Kainerugaba, Charlotte Kainerugaba n’umuvandimwe we, Ishta Muganga; ngo “bene Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, […]

CAF Conf. Cup: AS Kigali isezereye Orapa United

AS Kigali imaze gusezerera Orapa United yo muri Botswana mu ijonjora ry’irushanwa rya CAF Confederations Cup, iyitsinze igitego kimwe ku busa. Ni umukino wo kwishyura wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, aho iyi kipe y’i Kigali yasabwaga gutsinda kugira ngo ikomereze mu kindi cyiciro cy’iri rushanwa. Intego yayo yayigezeho ibifashijwemo n’umunya-Nigeria Lawal Aboubakar wayitsindiye […]

IDPC ibona ko kurwanya urumogi birimo ivangura n’ubukoloni

Umuryango mpuzamahanga uharanira politiki yo kubyaza umusaruro ibiyobyabwenge, IDPC (International Drug Policy Consortium) ubona ko kurwanya urumogi birimo imyumvire yuje ivangura ndetse n’ubukoloni. Uyu muryango wabitangaje tariki ya 2 Ukuboza 2020 ubwo Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge yari imaze gutora itegeko rikura urumogi mu biyobyabwenge bikomeye, rikarushyira mu bimera byifashishwa mu gukora imiti. Inama […]

Afurika: Indege Abakuru b’Ibihugu 7 bagenderamo n’uko zirutana mu bushobozi

gettyimages-1134418943-1024x1024.jpg

Indege bwite (private jet) ni kimwe mu bikoresho byifashishwa n’Abakuru b’Ibihugu mu ngendo bakora, kukibona bigasaba amafaranga menshi kugira ngo kigurwe cyangwa se gikodeshwe by’igihe gito cyangwa kirekire. Afurika ifite Abakuru b’Ibihugu bagenerwa izi ndege, ziboneka mu buryo bubiri tumaze kuvuga haruguru. Tugiye kubatangariza 7 muri bo, ubwoko bw’indege bakoresha, ibiciro n’ubushobozi bwazo, twifashishije imbuga […]

Perezida Kagame mu muhango wo gushimira Imana yahaye u Rwanda Karidinali (Amafoto)

eoimy2zxiaatgp6-2.jpg

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yitabiriye umuhango wo gutura igitambo cya Ukarisitiya cyo gushimira Imana iherutse kugira Musenyeri Antoine Kambanda ‘Karidinali’. Ni igitambo kiri guturirwa mu nyubako ya Kigali Arena muri iki gitondo cy’uyu wa 6 Ukuboza 2020, cyitabiriwe n’abantu batandukanye bo muri Kiliziya Gatolika ndetse n’abayobozi mu nzego zitandukanye z’igihugu. Tariki ya […]

N’amavugurura akomeye yakoze, FC Barcelona ikomeje gusuzugurwa

fb_img_16072409114841388.jpg

Imwe mu makipe abiri y’umupira w’amaguru akomeye cyane muri Esipanye, FC Barcelona ikomeje gusuzugurwa mu buryo budasanzwe, mu gihe byari byitezwe ko izitwara neza nyuma yo gukora amavugurura mbere y’uko umwaka w’imikino utangira. Ubu aho bigeze, iyi kipe yavaga mu myanya ine ya mbere ku rutonde rw’agateganyo bigoranye, iri ku mwanya wa 7 n’amanota 14 […]

Dr. Kayumba wigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda yafunguwe

Dr. Christopher Kayumba wigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda, yafunguwe kuri uyu wa 5 Ukuboza 2020, aho yari amaze amezi akabakaba 12 atawe muri yombi. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa, RCS, SSP Uwera Pelly Gakwaya, yahamirije aya makuru Bwiza.com muri iki gitondo cy’uyu wa 6 Ukuboza 2020. Dr. Kayumba yagiranye ikiganiro n’umunyamakuru wa Radio/TV1, Jean […]

Umuhungu wa Perezida Ndayishimiye mu birori byo kurangiza ayisumbuye (Amafoto)

fb_img_16072323426068496.jpg

Kuri uyu wa 5 Ukuboza 2020, umuhungu wa Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye witwa Allwin Ndayishimiye hamwe na bagenzi be, bakoze ibirori byo kwishimira kuba barangije amasomo mu mashuri yisumbuye. Ibi birori byabereye mu Ntara ya Bujumbura mu ishuri rya LycĂ©e du Lac Tanganyika aho yigaga, binajyana no kubaha impamyabumenyi. Ibi birori byari byitabiriwe na […]

Mu mukino na Rutsiro FC, hari abo Rayon Sports yakinishije banduye Covid-19

eozkzudxmamgnla.jpg

Abakinnyi bane barimo batatu mu bo Rayon Sports yakinishije mu mukino wayihurije na Rutsiro FC wabereye mu Karere ka Rubavu, bagaragayeho icyorezo cya Covid-19. Nk’uko umunyamakuru wa Radio B&B Umwezi mu ishami ry’imikino, Jean Luc Imfurayacu yatangaje aya makuru mu masaha atanu ashize , abakinnyi banduye iki cyorezo ni: Ndizeye Samuel, Amran Nshimiyimana, Rudasingwa Prince […]

Rwanda: Umugabo w’imyaka 45 yishwe na Covid-19

eobawg2xeamyr7a-1.png

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 4 Ukuboza 2020 yatangaje ko umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yiciwe n’icyorezo cya Covid-19 mu mujyi wa Kigali. Ni mu gihe abanduye iki cyorezo biyongereyeho 32 mu bipimo 3662 byafashwe. Barimo 13 babonetse muri Kigali, 7 babonetse i Musanze, 5 babonetse muri Rubavu, 2 babonetse muri Rutsiro n’uwabonetse muri […]

Yibye nyirabuja uruhinja amuziza kutamuhembera amezi 8 yamukoreye

fb_img_16071012262774248.jpg

Umukozi wo mu rugo w’Umurundikazi, Wineza MĂ©diatrice uvuka mu Ntara ya Ngozi, yibye nyirabuja rw’amezi 6 uruhinja amuhora kumara amezi 8 atamuhemba. Iyi nkuru yamenyekanye kuri uyu wa 3 Ukuboza 2020, ubwo Wineza yafatirwaga mu modoka n’igipolisi cy’u Burundi mu Ntara ya Kayanza, aho yahise ajya gufungirwa muri kasho iherereye mu Ntara ya Bubanza. Ubwo […]

Rwanda: Amadini n’amatorero byongeye koroherezwa

eozxt0lxuaejg2h.png

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, kuri uyu wa 4 Ukuboza 2020 yongeye korohereza insengero, aho bimwe mu bikorwa byari byarahagaritswe bigiye kongera kujya bikorwa. Mu mpinduka zikomeye zakozwe harimo ko kubatiza n’andi masakaramentu byemewe gusa hakubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Iya kabiri ni uko abana bafite imyaka 6 kuzamura bemerewe kujyana n’ababyeyi cyangwa abavandimwe babo […]

Namibia igiye kugurisha mu cyamunara inzovu 170

Minisiteri y’Ibidukikije, Amashyamba n’Ubukerarugendo muri Namibia, tariki ya 2 Ukuboza 2020 yatangaje ko igiye kugurisha mu cyamunara inzovu 170. Impamvu iki gihugu kigiye kuzigurisha nk’uko iyi Minisiteri yabitangaje ni uko umubare wazo ukomeje kwiyongera, zikabura ubwatsi maze zikajya konera abaturage imyaka; nabo bakazihimuraho bazihiga. Kuzigurisha rero ni ukugira ngo iki gihugu kizasigarane umubare w’izo kizashobora […]

Nyamagabe: Abacururiza mu isoko rishya bavuze ko ubukode buhenze, Meya abizeza koroherezwa

img-20201203-wa0026.jpg

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Uwamahoro Bonaventure kuri uyu wa 4 Ukuboza 2020 yizeje abacururiza mu isoko rishya riherereye mu Murenge wa Gasaka koroherezwa nyuma yo gutakamba bavuga ko ibiciro by’ubukode byashyizweho n’abashoramari bihanitse. Meya Uwamahoro yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru uyu munsi, kirebana n’iterambere ry’Akarere ka Nyamagabe. Nk’uko abacuruzi bakorera muri iri soko biganjemo abacuruzi […]

Nta gihamya cyerekana ko umurinzi wa Bobi Wine yagerageje kumwica_Icukumbura

cyclone-times-nobert-elber-ariho-2.jpg

Tariki ya 2 Ukuboza 2020, hakozwe icukumbura ry’ibanze ry’amashusho byavuzwe ko yafashwe n’umunyamakuru wa Ghetto TV ubwo umukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) yiyamamazaga, bimwe mu bitangazamakuru byerekana ko umurinzi we witwa Nobert Elba Ariho yashatse kumwica. Bobi Wine yiyamamarizaga mu Karere ka Kayunga tariki ya 1 Ukuboza […]

Kamonyi: Hari abasore bigize ibihazi, ngo ‘na leta yarabatinye’

Mu Kagari ka Gishyeshye mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka Kamonyi, by’umwiharimo mu Mudugudu wa Nyamabuye haravugwa itsinda ry’abasore b’ibihazi bagendana imihoro n’imbwa, bagatema abaturage ku buryo ngo na leta yaba yarabananiye. Ni amakuru Bwiza yahawe ku wa Mbere tariki ya 30 Ugushyingo 2020 nyuma y’iminsi ibiri abasore barimo Uwizeyimana Samuel batemye Muragijimana Eric […]

Muhire akeneye ubundi bufasha nyuma yo kugera mu Misiri, akanakorerwa operasiyo

Tariki ya 23 Nzeri na 11 Ukwakira 2020, Bwiza.com yabagejejeho inkuru y’umusore w’imyaka 29 y’amavuko witwa Muhire Jean Claude utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge. Kuva muri Gashyantare 2019 kugeza mu mpera z’Ukwakira 2020, uyu musore yajyaga kwivuriza mu bitaro bikuru bya Kigali (CHUK) indwara zirimo impyiko zombi zari zarageze ku rwego […]

Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 17

eova-wkw4amayrw.png

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 3 Ukuboza 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 17 mu bipimo 3712 byafashwe. Abanduye barimo 10 babonetse muri Kigali, 3 babonetse muri Gatsibo, 2 babonetse muri Rusizi, uwabonetse muri Musanze n’undi wabonetse i Rubavu.

Ndi inkota ikeba ku mpande zombi_Bobi Wine

Ubwo yasubukuriraga ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Kibuku muri Uganda, umukandida Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) yiyise inkota ikeba ku mpande zombi. Ni umunsi uyu munyapolitiki akaba n’umuhanzi, yigaragajemo mu buryo budasanzwe, aho yari yambaye ibikoresho birinda amasasu nk’agakoti (anti-balle) n’ingofero y’icyuma (casque). Bobi Wine kandi yari yambaye n’isarubeti itukura, ijya kugira imiterere […]

UN yakuye urumogi ku rutonde rw’ibiyobyabwenge byica

cnd63reconvened.png

Inama yahuje ibuhugu bigize Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye (UN) ishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (CND), yateraniye i Vienna muri Austria kuri uyu wa 2 Ukuboza 2020, yakuye urumogi ku rutonde rw’ibiyobyabwenge byica. Ni nyuma y’ubusabe bw’Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) wegamiye kuri UN, watanze impamvu z’uko iki kimera gikwiriye gukurwa kuri uru rutonde, mu rwego rwo guteza […]

Umubiri, ubwenge n’umutima bya Padiri Ubald byakozweho na Covid-19_Umutangabuhamya

Umwe mu bakurikiranira hafi ubuzima bwa Padiri Ubald Rugirangoga uzwiho gusengera abantu bagakira indwara zikomeye, avuga ko umubiri, ubwenge n’umutima bye byakozweho n’icyorezo cya Covid-19. Ni ubutumwa bukubiye mu itangazo ryatambutse ku rubuga rwa Facebook Padiri Ubald asanzwe akoresha, kuri uyu wa 2 Ukuboza 2020. Uyu mutangabuhamya avuga ko Padiri Ubald “nta bwandu bwa Covid […]

Bobi Wine asubiye kwiyamamaza yambaye ibimurinda amasasu

eoseicyxmaimlum.jpg

Nyuma y’umunsi umwe asubitse ibikorwa byo kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu cya Uganda, kuri uyu wa 3 Ukuboza 2020 Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) abisubukuye yambaye ibikoresho bimurinda amasasu (anti-balle na casque). Ni mu rwego rwo gukaza umutekano we, bitewe n’uburyo akomeje gukumirwa n’abashinzwe umutekano; bagera ubwo barasa ibyuka biryana mu maso mu bayoboke be, rimwe […]

Umwuka mubi muri FCC-CACH mu byatumye Tshisekedi atumira abasirikare bakuru

fb_img_16069071331293242.jpg

Ku wa 1 Ukuboza 2020, Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) akaba n’Umugaba w’Ikirenga, FĂ©lix Tshisekedi, yakiriye mu biro bye abakuru mu nzego z’umutekano biganjemo abasirikare. Iyi nama yarimo abasirikare bakuru mu gisirikare cya RDC; mu byiciro bitandukanye ndetse n’abapolisi, Perezida Tshisekedi yayitumijeho kugira ngo “abasirikare n’abapolisi bashimangire inshingano bamufiteho zo kuba abizerwa.” […]

Rwanda: Umuntu wa 50 yishwe na Covid-19

eoqhqdexcaihp0w.png

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 2 Ukuboza 2020 yatangaje ko umugabo w’imyaka 45 yiciwe na Covid-19 i Kigali, akaba yabaye uwa 50 wishwe n’iki cyorezo muri iki gihugu. Ni mu gihe abanduye ari 46 badimo 29 babonetse i Kigali, 7 babonetse muri Rwamagana, 4 babonetse i Musanze, 3 babonetse i Rubavu, uwabonetse muri […]

Ibirenga 5 wakwirinda kugira ngo ugabanye ibyago byo kwandura kanseri

cancer-infographic.png

Kanseri ni uruhurirane rw’indwara zihitana ubuzima bwa benshi ku Isi, mu gihe idakumiriwe hakiri kare. Nk’uko imibare y’Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) ubigaragaza, nko mu 2018 kanseri yishe abantu miliyoni 9.6 kandi bigaragara ko bagenda biyongera, ugereranyije no mu 2015, aho yishe miliyoni 8.8. Kwandura kanseri, usanga ahanini biterwa n’imyitwarire y’umuntu, cyane cyane ku […]