Impamvu yaba yaratumye Gen. Museveni asubiza umuhungu we ingabo zimurinda

elarup1xgaibgla.jpg

Tariki ya 16 Ukuboza 2020, Perezida wa Repubulika ya Uganda akaba n’Umugaba w’Ikirenga, Gen. Yoweri Museveni yakoze impinduka mu gisirikare n’igipolisi, asubiza umuhungu we Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba inshingano zo kuyobora umutwe w’ingabo zidasanzwe wa SFC (Special Force Command), amuvanye ku kuba umujyanama we wihariye mu bikorwa byihariye. Umutwe wa SFC ufite inshingano zo kurinda […]

Mu cyumweru gishize: Afurika y’Epfo yashinjwe gukingira ikibaba Kayishema, abo kwa Rusesabagina barega Gainjet

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 14 Ukuboza 2020, cyaranzwe n’amakuru atandukanye arebana n’ubuzima, aho hasubijweho ingamba zikakaye zo kwirinda icyorezo cya Covid-19 zirimo kugabanya amasaha y’ingendo. Higajemo kandi inkuru zijyanye n’ubutabera, zikaba ari zo twibandaho muri iki cyegeranyo. Amwe mu makuru yaranze icyumweru gishize ni akurikira: Afurika y’Epfo irashinjwa gutorokesha Kayishema ukurikiranweho ibyaha bya jenoside […]

U Rwanda rwohereje ingabo zo guhangana n’abarwanyi ba BozizĂ© wayoboye CAR

_116190157_gettyimages-1196862097.jpg

Ifoto:RDF Infantry Group 2018, KT Press Guverinoma y’u Rwanda yaraye yohereje ingabo ingabo zagiye gufasha izindi guhangana n’iza François BozizĂ© wabaye Perezida wa Repubulika ya CentrAfrica (CAR). Ibiro bya Minisiteri y’Ingabo byatangaje ko usibye no “gushyigikira izari zisanzwe” ziba muri CAR, ingabo z’u Rwanda zizatanga umusanzu mu kurinda umutekano w’amatora ateganyijwe tariki ya 27 Ukuboza […]

Abanyarwanda bane bishwe na Covid-19

eptrm09xiausmwa.jpg

Minisiteri y’Ubuzima imaze gutangaza ko abagore babiri n’abagabo babiri, bose b’Abanyarwanda, bishwe n’icyorezo cya Covid-19 kuri uyu wa 20 Ukuboza 2020. Aba bagore bafite imyaka 47 na 63 y’amavuko bapfiriye i Kigali, abagabo b’imyaka 52 na 68 bapfira mu Karere ka Rubavu. Abanduye iki cyorezo uyu munsi bo ni 61, mu bipimo 3545 byafashwe. Barimo […]

Umugore wa Bobi Wine yavuze Ikinyarwanda gitomoye, Kisoro ikura ingofero

Umugore wa Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) wiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu, Barbara Itungo yavuze Ikinyarwanda gitomoye, abaturage batuye mu Karere ka Kisoro bakura ingofero. Byabaye tariki ya 16 Ukuboza 2020 ubwo Bobi Wine yiyamamarizaga muri aka Karere gahana imbibi n’aka Burera mu Rwanda. Ubusanzwe abaturage b’i Kisoro bakunze gukoresha indimi ebyiri: Ikinyarwanda n’Urukiga. Mu kubatungura, […]

Perezida Museveni yavuze ko abayoboke ba Bobi Wine azabamaraho

Ubwo yiyamamarizaga mu Karere ka Hoima kuri uyu wa 19 Ukuboza 2020, Perezida Yoweri Museveni wa Repubulika ya Uganda, yatangaje ko abayoboke ba Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) bahataniye umwanya w’Umukuru w’Igihugu, azabamaraho. Perezida Museveni yabwiye abayoboke b’ishyaka NRM ahagarariye mu bikorwa byo kwiyamamaza, ko abashyigikiye Bobi Wine biganjemo urubyiruko ari abasazi. Muri videwo yatambukijwe na […]

Zimwe mu modoka z’abarengeje ibiciro by’ingendo zirafunzwe

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) kuri uyu wa 20 Ukuboza 2020 rwagaragaje ko ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda batangiye gufata imodoka z’abarengeje ibiciro by’ingendo. Ni nyuma y’aho mu bice bitandukanye by’igihugu Abaturarwanda bakomeje kugaragara ko n’ubwo RURA yatangaje ko “nta cyahindutse” ku biciro by’ingendo, hari aho bakomeje kubizamura mu buryo bweruye. Uru rwego rwagaragaje ibirango […]

Perezida wa Chile yahawe igihano azira kwifotozanya n’umugore, atambaye agapfukamunwa

201220040227-chile-president-fine-intl-scli-0320-restricted-large-169.jpg

Urwego rushinzwe ubuzima muri Chile ku wa 18 Ukuboza 2020, rwatangaje ko Umukuru w’Igihugu, Perezida Sebastian Pinera yaciwe amande y’amafaranga 3,500 y’amadolari ya Amerika ($3500), azira kwifotozanya n’umugore, nta dupfukamunwa bambaye. CNN ivuga ko mu ntangiriro z’uku kwezi ubwo Perezida Pinera yatemberaga ku musenyi mu gace ka Cachagua ari bwo uyu mugore yamusabye ko bakwifotoza […]

Ngiki igihugu kitagira urusengero na rumwe

Ku Isi usanga abenshi bemera Imana, bakubaka insengero kugira ngo bajye baziteraniramo mu gihe cy’amasengesho. Biragoye kubona igihugu cyaburamo urusengero na rumwe, keretse nka Saudi Arabia (Arabie Saoudite), hari imisigiti y’Abasilamu gusa. Muri iki gihugu usanga ku mugaragaro hasengera Abasilamu gusa, abakirisitu bakeya (babarirwa muri 5% by’abatuye muri iki gihugu barenga miliyoni 32, Pew Research) […]

Amabwiriza y’imyandikire yateje impaka kuva mu 2014 agiye gukurwaho

Umuyobozi Mukuru (Intebe) wungirije w’Inteko y’Umuco, Uwiringiyimana Jean Claude n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri n’Urubyiruko n’Umuco, Hon. Bamporiki Edouard kuri uyu wa 20 Ukuboza 2020 batangaje ko amabwiriza y’imyandikire y’Ikinyarwanda yateje impaka mu myaka 6 ishize agiye gukurwaho. Aya mabwiriza yashyizweho n’urwego rwitaga Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco (RALC) mu 2014. Aya mabwiriza yashyizeho ibihekane birimo […]

Hari abari gutegura umuhango wo kurahira kwa Trump nk’uwatsinze amatora

Abantu barenga 325,000 bari gutegura uburyo bazitabira umuhango wo kurahira kwa Donald Trump nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Nk’uko igitangazamakuru The Independent cyabitangaje, aba bantu bamaze kwemeranya ko uyu muhango uzakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rihuza amashusho, ku rubuga rwa Facebook, ari na ho hari kubera ubukangurambaga buhamagarira abandi kuwitabira. Abari gutegura […]

Mu mikino 10 iheruka, Arsenal yakubiswemo 7

Agahinda ni kenshi ku bakunzi n’abafana ba Arsenal FC, imwe mu makipe y’ubukombe mu Bwongereza, nyuma y’aho ikomeje kwitwara nabi muri shampiyona y’icyiciro cya mbere, English Premier League. Ubwo umwaka w’imikino w’2020/2021 watangiraga, abakunzi n’abafana b’iyi kipe batangiye kumwenyura kuko yabanje gutsinda imikino ibiri; uwayihuje na Fullham tariki ya 12 Nzeri 2020, ikawutsindamo ibitego 3-0 […]

Pierre Buyoya wayoboye u Burundi azashyingurwa muri Mali

Umuryango wa Pierre Buyoya wayoboye Repubulika y’u Burundi, kuri uyu wa 19 Ukuboza 2020 watangaje ko umurambo we uzashyingurwa muri Mali. Mali ni ho Pierre Buyoya n’umuryango we bari bamaze imyaka igera ku 8 baba, aho yagiyeyo amaze guhabwa inshingano yo kuba Intumwa Yihariye y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) muri iki gihugu no mu […]

Museveni yavuze ko umupolisi utarinda abaturage, akwiye kujya korora ihene

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ubwo yaganiraga n’abayobozi mu ishyaka rya NRM mu gace ka Kibaale kuri uyu wa 18 Ukuboza 2020, yatangaje ko umupolisi udashobora kurinda abaturage, akwiye kuva ku kazi, akajya korora ihene. Nk’uko Nile Post yabitangaje, Museveni yakomozaga ku mpinduka aherutse gukora mu buyobozi bw’igisirikare n’igipolisi cya Uganda, aho nka Gen. […]

Abanyeshuri 35 ba UR bitabajwe mu kurwanya Covid-19 barishyuza Leta

Abanyeshuri 35 biga mu gashami k’Ubuvuzi n’Ubuzima Rusange (Clinical Medicine and Community Health) muri Kaminuza y’u Rwanda (UR) leta yitabaje mu kurwanya icyorezo cya Covid-19 barayisaba kubahembera igihe bakoze. Aba banyeshuri bavuga ko tariki ya 8 Kanama 2020 ari bwo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima (RBC) cyabahamagaye, bajya ku cyicaro gikuru (National Command Post) cya Camp […]

Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 73

epi0ikmw4a8vr_s.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 18 Ukuboza 2020 yatangaje ko abantu 73 banduye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 3468 byafashwe. Barimo 40 babonetse mu mujyi wa Kigali mu bagenzi binjira mu gihugu, 17 babonetse mu Karere ka Rubavu, 7 babonetse mu Karere ka Huye, 6 babonetse muri Musanze, 2 babonetse muri Rwamagana n’undi […]

Ngizi insengero udakwiye kongera gukandagiramo, niba ukunda Imana

Bamwe muri twe, tujya mu nsengero kugira ngo twumve ubutumwa Imana itugenera, buciye mu bantu barimo ababwirizabutumwa (Abashumba, ba Bishop, ba ApĂŽtre,
) hiyongereyeho abaririmbyi n’abahanzi ku giti cyabo. Gusa nk’uko na Bibiliya ibivuga, aba bavugabutumwa si ko bose ari shyashya, ni nka “ba bahanuzi” batandukanye; barimo ab’ukuri n’ab’ibinyoma. Umuvugabutumwa mubi ashobora gutuma itorero cyangwa urusengero […]

CECAFA U17: Djibouti inganyije na Tanzania, Amavubi arasezererwa

Ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru (Amavubi) y’abatarengeje imyaka 17 y’amavuko, isezerewe mu irushanwa ry’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba (CECAFA U17), nyuma y’aho Djibouti inganyirije na Tanzania. Uyu mukino wahuzaga Tanzania kuri uyu wa 18 Ukuboza 2020, urangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1. Harimo icyo umukinnyi wa Djibouti witwa Abdek Mouhoumed yitsinze ku munota wa 33 ndetse […]

Afurika mu 2020: Ababaye ba Perezida 12 barimo 4 ba EAC barapfuye

_109463750_gettyimages-51391234.jpg

Umwaka w’2020 waranzwe cyane n’inkuru mbi zirangajwe imbere n’icyorezo cya Covid-19 cyahitanye ubuzima bwa miliyoni z’abantu ku Isi. Usibye n’agahinda katewe n’iki cyorezo, hari abahamya ko ubuzima bw’ibyamamare n’abakomeye muri politiki bwatakariye muri uyu mwaka, ari bwinshi ugererenyije no mu myaka myinshi ishize. Izi nkuru zageze no ku mugabane wa Afurika, aho muri uyu mwaka […]

Amb. Willy Nyamitwe arashidikanya ku rupfu rwa Pierre Buyoya

Ambasaderi Willy Nyamitwe uyoboye ishami rishinzwe amakuru n’itumanaho mu biro bya Perezida w’u Burundi, amaze kugaragaza amakenga ku nkuru y’urupfu rwa Pierre Buyoya uherutse gukatirwa igifungo cya burundu. Inkuru y’urupfu rwa Buyoya yemejwe n’abo hafi y’umuryango we, aho bakeka ko yaba yishwe n’icyorezo cya Covid-19.” Amabasaderi Nyamitwe mu butumwa atambukije ku rubuga rwa Twitter, agaragaje […]

Pierre Buyoya wayoboye u Burundi imyaka igera kuri 13, yapfuye

Umwe mu bayoboye Repubulika y’u Burundi igihe kirekire uherutse gukatirwa igifungo cya burundu, Pierre Buyoya, yapfuye azize urupfu bikekwa ko rwatewe n’icyorezo cya Covid-19. Inkuru y’urupfu rwa Buyoya yemejwe na Radio Ijwi rya Amerika Ni nyuma y’ibyumweru bitatu bishize yeguye ku nshingano zo kuba Intumwa Yihariye y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Karere ka Sahel […]

Nigeria: Boko Haram yarekuye ku bushake abahungu 344 iherutse gushimuta

Umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram kuri uyu wa 17 Ukuboza 2020 warekuye ku bushake abahungu 344 bo muri Nigeria washimuse mu minsi itandatu ishize. Aya makuru dukesha BBC, yayahamirijwe n’umuvugizi wa Leta ya Katsina aba bana bashimutiwemo, Abdul Labaran. Labaran yatangaje ko aba bana bagarutse bose uko bashimuswe, ndetse nta n’umwe ufite ikibazo, igisigaye ari […]

Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 78

epdw4qgxcae9jfo.png

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 17 Ukuboza 2020 yatangaje ko abantu 78 banduye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 3054 byafashwe. Aba barimo 36 babonetse muri Kigali (bahuye n’abanduye), 17 muri Huye, 13 muri Musanze, 5 muri Rubavu, 1 muri Burera, 1 muri Muhanga, 1 muri Nyanza, 1 muri Nyamagabe, 1 muri Gicumbi, 1 […]

Iby’ingenzi umusore agomba gukora kugira ngo atazabura urubyaro

Umuryango ufatwa ko wuzuye iyo urimo umugabo, umugore ndetse n’abana (urubyaro). Abubatse ingo hafi ya bose baba bafite icyifuzo cy’uko babyarana, bakarera ndetse bagakuza abana babyaye; mu gihe bitabaye bamwe bagahorana agahinda kadashira, kimwe n’uko hari abanzura gutandukana kuko batabashije kubona uyu musaruro. Kugira ngo nk’umusore yirinde kuzabura amahirwe yo kubyara, ni ngombwa ko asigasira […]

Umujyanama wa Perezida Museveni yakatiwe azira kumubeshyera

Umujyanama bwite wungirije wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, Caroline Kembabazi yakatiwe azira kubeshya umuyobozi ushinzwe abakozi muri Komisiyo y’Amatora ko uyu Mukuru w’Igihugu yamutumye kumubwira ko agomba guha akazi abantu batatu. Ishami rishinzwe kurwanya ruswa mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cya Uganda, SHACU (State House Anti Corruption Unit) ni ryo ryemeje amakuru y’ikatirwa rya Kembabazi […]

Nyamasheke: Mwarimu yasabye ikiruhuko kuko ‘Imana imubuza’ kubahiriza amabwiriza ya Covid-19

Umwarimu witwa Nshimiye Schadrack wigisha mu Kigo cy’Amashuri cya Binogo giherereye mu Murenge wa Mahembe w’Akarere ka Nyamasheke kuri uyu wa 16 Ukuboza yandikiye Umuyobozi w’Akarere amusaba ikiruhuko kuko ngo “amategeko y’Imana amubuza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.” Mu ibaruwa yandikiye uyu muyobozi w’Akarere, yagize ati: “Nejejwe no kubandikira iyi baruwa ngira ngo mbasabe ikiruhuko […]

Abize uburezi muri Kaminuza ya PIASS barasaba amahirwe y’akazi nk’ayahawe abatarize uburezi

Abize mu mashami y’uburezi muri Kaminuza ya PIASS (Protestant Institute of Arts and Social Sciences) bari mu gahinda batewe no kuba guhera mu Kuboza 2019 batacyemererwa guhatanira imyanya y’akazi yashyizwe ku isoko ry’umurimo, bagasaba ko byibuze bahabwa amahirwe nk’aherutse guhabwa “abatarize uburezi n’abataratsinze ibizamini”. Aba bavuga ko ibibazo bita “akarengane’ byatangiye mu Kuboza 2019, ubwo […]

Busingye yasobanuye impamvu Perezida Kagame atari we warekura Rusesabagina

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, Busingye Johnston kuri uyu wa 16 Ukuboza 2020 yasobanuye impamvu Perezida Paul Kagame atari we warekura Paul Rusesabagina ukurikiranwe n’ubutabera bw’iki gihugu. Bigaragara mu ibaruwa Ministiri Busingye yanditse asubiza Carolyn B. Maloney uri mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), tariki […]

Icyo u Burundi buvuga ku guhangana kuvugwa hagati ya Gen. Ndayishimiye na CPG Bunyoni

Ibitangazamakuru birimo La Libre cyo mu Bubiligi, kuri uyu wa 16 Ukuboza 2020 byatangaje ko Perezida w’u Burundi, Maj. Gen. Evariste Ndayishimiye (Gen. Neva) ahanganye na Minisitiri w’Intebe, CPG Alai Guillaume Bunyoni. Umutwe w’inkuru yanditswe na Marie-France Cros kuri iki gitangazamakuru ifite umutwe ugira uti “Un bras de fer entre le PrĂ©sident et le Premier […]

Afurika: Ubudasa bwa telefone ba Perezida bamwe bakoresha

h-8-thales-phone.png

Bamwe mu Bakuru b’Ibihugu ku mugabane wa Afurika cyane cyane ba Perezida, bakoresha telefone zitandukanye n’izikoreshwa na rubanda nyamwinshi mu buryo bwo kwirindira umutekano. Urubuga Africa Report rwashyize ahagaragara zimwe muri telefone zikoreshwa n’aba Bakuru b’Ibihugu n’uburyo bazikoreshamo. Uru rubuga ruvuga ko Abakuru b’Ibihugu byinshi byo muri Afurika y’Iburengerazuba, bakoresha telefone za ‘Gatushe’ zo mu […]

CECAFA U17: Amavubi mato yahushije penaliti 2 muri 3 yahawe

Ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru (Amavubi) y’abatarengeje imyaka 17 y’amavuko, yahushije penaliti ebyiri mu irushanwa ry’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba (CECAFA U17). Ni nyuma y’aho iyi kipe yanganyaga ubusa ku busa (0-0) n’ikipe y’igihugu ya Djibouti, mu mukino wabereye kuri Sitade Mpuzamahanga ya Rubavu izwi nka Umuganda Stadium. Muri uyu mukino, Amavubi yabonye amahirwe ya penaliti ku […]

Ijambo rya Trump kuri Yerusalemu ni ryo ryatumye Al Shabaab irasa muri Kenya

Umutwe w’iterabwoba wa Al Shabab wahishuye ko ijambo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, ku mujyi wa Yerusalemu uri muri Israel ari ryo ryatumye igaba igitero muri Kenya. Al Shabab yabitangaje ubwo yashyiraga hanze imyirondoro y’abarwanyi bayo batanu bagabye igitero kuri hoteli ya Dusit D2 iri muri Nairobi tariki ya 15 Kamena 2019, […]

Musanze yabonetsemo abantu 39 banduye Covid-19

epto65lxcaewazf.png

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 15 Ukuboza yagaragaje kk mu Karere ka Musanze kabonetsemo abantu 39 banduye icyorezo cya Covid-19, babonetse mu bibasiwe kurusha ahandi. Ni mu gihe mu gihugu hose habonetse abanduye 85 mu bipimo 2294 byagashwe. Abo barimo aba babonetse i Musanze, 30 babonetse i Kigali mu bagenzi binjira mu gihugu, […]

Uganda: Omah Lay na Tems bafunguwe nyuma y’aho Bobi Wine abashakiye abavoka

Leta ya Uganda yafunguye abahanzi b’Abanya-Nigeria, Stanley Omah Didia uzwi nka Omah Lay na Temilade Openiyi uzwi nka Tems, nyuma y’amasaha make umuhanzi akaba n’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) abashakiye ababunganira mu mategeko. Aba bose bombi batawe muri yombi n’inzego z’umutekano za Uganda tariki ya 13 Ukuboza 2020 bashinjwa kwica itegeko No 171 rirebana no […]

RURA yatangaje ko ibiciro by’ingendo bidahinduka

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA), kuri uyu wa 15 Ukuboza 2020 rwahumurije Abaturarwanda bari bafite impungenge z’uko ibiciro by’ingendo ku modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange bishobora kongera kuzamurwa, ivuga ko haragumaho ibisanzwe. Yashingiye ku byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 14/12/2020, yafashe icyemezo cy’uko imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zigomba gutwara gusa […]

Musanze: Hizihijwe umunsi mpuzamahanga wahariwe imisozi

img-20201215-wa0048.jpg

Ku wa Gatanu tariki 11 Ukuboza 2020 mu Karere ka Musanze hizihijwe umunsi mpuzamahanga wahariwe imisozi wari ufite insanganyamatsiko igira iti: “Imisozi ni ingirakamaro kuko ari indiri y’urusobe rw’ibinyabuzima” ku bufatanye bw’Umuryango utegamiye kuri leta ubungabunga ibidukikije, Virunga Wildlife Clubs, ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, ishami rishinzwe Pariki y’Igihugu y’Ibirunga (RDB/PNV). Umuyobozi […]

Ingabo za Somalia n’iza Kenya zishobora gukozanyaho

Nyuma y’amasaha make Guverinoma ya Somalia itangaje ko ihagaritse umubano wayo na Kenya, yatangiye kohereza abasirikare benshi n’imodoka z’intambara ku rubibi rutandukanya ibihugu byombi hafi n’agace ka Mandera, ku buryo hari impungenge ko hashobora kuba imirwano. Nk’uko Daily Nation yabitangaje, amakuru yemejwe n’abaturage ndetse n’ubuyobozi muri Mandera, ku buryo bamwe bagize ubwoba ngo bahunze. Umuturage […]

Museveni yaciye amarenga ko atazemera gutsindwa na Gen. Muntu cyangwa Tumukunde

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni kuri uyu wa 14 Ukuboza 2020 yaciye amarenga ko atazemera gutsindwa n’abasirikare barimo Rtd. Maj. Gen. Mugisha Muntu na Rtd. Lt. Gen. Henry Tumukunde bahatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu. Byumvikana muri videwo televiziyo ya NBS yashyize ku rubuga rwayo rwa Twitter kuri uyu wa 15 Ukuboza 2020, yafashwe […]

Dr. Kaberuka yavuze ko Afurika isabwa miliyari 12$ kugira ngo ibone inkingo za Covid-19 zihagije

Dr. Donald Kaberuka uri mu itsinda ry’impuguke rishinzwe gushakira umugabane wa Afurika igisubizo ku ihungabana ry’ubukungu muri iki gihe icyorezo cya Covid-19 cyibasiye Isi, yavuze ko uyu mugabane usabwa amafaranga agera kuri miliyari 12 z’amadolari ya Amerika kugira ngo ubone inkingo zihagije. Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa The East African, Kaberuka yavuze ko ari inkuru […]

RURA yinjiye mu kibazo cy’ubwumvikane buke hagati ya MTN na Airtel Rwanda

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe na zimwe z’imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) rwinjiye mu kibazo cy’ubwumvikane buke hagati y’ibigo bibiri by’itumanaho bikorerwa mu Rwanda, MTN na Airtel Rwanda. Intandaro y’iki kibazo ni itangazo ryamamaza ritunganyijwe mu buryo bw’ifoto Airtel Rwanda yashyize ahagaragara rifite umutwe ugira uti: “Va ku giti dore umurongo!” Iri tangazo […]

RURA na WASAC mu nzego n’ibigo byahawe abayobozi bashya

umuyobozi-w_umujyi-wa-kigali-wungirije-ushizwe-imiturire-n_ibikorwaremezo-dr.-nsabimana-ernest-asobanura-gahunda-yo-gutunganya-amazi-mu-bishanga-uko-izakorwa-foto-samuel-m.jpg

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 14 Ukuboza 2020 yafashe ibyemezo byo guhindura abayobozi bakuru b’ibigo n’inzego bya leta barimo uw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) n’uw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi, isuku n’isukura (WASAC). Umuyobozi Mukuru mushya wa RURA ni Dr. Nsabimana Ernest wari usanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’Umujyi […]

Abagendera mu modoka rusange bagabanyijwe, amasaha y’ingendo aramanurwa, ubukwe burahagarikwa

epnpihwxiamwi1o.jpg

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 14 Ukuboza 2020, yafashe ibyemezo bikakaye birimo guhagarika imihango y’ubukwe, kugabanya umubare w’abagendera mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange no kugabanya amasaha y’ingendo; mu rwego kurwanya icyorezo cya Covid-19. Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente na Perezida Paul Kagame mu Nama y’Abaminisitiri Ni inama yari yitezweho gushyiraho impinduka […]

Abagenzi binjira mu gihugu n’abacuruzi bambukiranya imipaka muri 88 banduye Covid-19

epoue22xmaqwsdd.png

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 14 Ukuboza yatangaje ko abantu 88 banduye icyorezo cya Covid-19, barimo abagenzi 31 binjira mu gihugu n’abacuruzi 31 bambukiranya imipaka. Aba bagenzi babonetse mu mujyi wa Kigali, naho abacuruzi babonetse mu Karere ka Rubavu. Abandi banduye ni 10 babonetse muri Nyagatare, 6 babonetse muri Musanze, 2 mu Gakenke, […]

IRMCT yatahuye aho Kayishema umaze imyaka 26 yihishe ari

Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego IRMCT rw’Umuryango w’Abibumbye (UN) rwasigariyeho urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), Serge Brammertz amaze gutangaza ko bamaze gutahura ko Fulgence Kayishema umaze imyaka 26 ashakishwa, aherereye muri Afurika y’Epfo. Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bushinja Kayishema uruhare mu kwica Abatutsi 2000 bari bahungiye muri Kiliziya ya Nyange, bayisengeweho tariki ya 16 Mata 1994. […]

Burundi: Abagore 101 bari bagiye gucuruzwa muri Asia batabawe (Amafoto)

epntocuxcaqd_uj.jpg

Polisi yo mu Burundi kuri uyu wa 14 Ukuboza 2020 yatabaye abagore n’abakobwa 101 bari bagiye gucuruzwa mu bihugu bya Saudi Arabia, Oman ba Qatar. Yabasanze mu mujyi wa Bujumbura, mu gace ka Buterere, ahazwi nka Quartier Miroir, Minisiteri y’Itumanaho ikavuga ko bari bambuwe uburyo bwose bwari kubafasha kuvugana n’abari hanze y’aho bari bashyizwe. Iyi […]

Bobi Wine abona ko Museveni n’abayoboke be bakwiriye guterwa ibyuka biryana mu maso

Umukandida uhagarariye ishyaka rya National Unity Platform (NUP) mu bahatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) yagaragarije Komisiyo y’Amatora ko atumva impamvu Perezida Museveni n’abayoboke be badaterwa ibyuka biryana mu maso, kandi na bo bigaragara ko baba batubahiriza amabwiriza yo kurwanya icyorezo cya Covid-19. Bobi Wine mu nyandiko y’impapuro enye isubiza Komisiyo […]

Lucas amaze imyaka irenga 10 asambanya imirambo, ngo biri mu bigize akazi

Umugabo w’imyaka 45 wo muri Ghana, Sharkur Lucas, amaze imyaka irenga 10 asambanya imirambo mbere y’uko ayisukura; akavuga ko nta kazi aba yishe ku buryo yabihanirwa. Lucas bigaragara ko ari umusirimu, amaze igihe kirekire akora umurimo wo gusukura imirambo ibikwa mu buruhukiro (morgue) bwa bimwe mu bitaro biri muri Ghana. Mu kiganiro Lucas yagiranye na […]

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yasubitswe

Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) kimaze gutangaza ko Guverinoma y’u Rwanda yasubitse Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yari kuba ku nshuro ya 18. Isubikwa ry’iyi nama ryatewe n’ubwiyongere bukabije bw’abantu bakomeje kwandura icyorezo cya Covid-19 mu Rwanda. Iyi nama byari biteganyijwe ko izabera muri Kigali Convention Centre kuri uyu wa Gatatu tariki ya 16 Ukuboza 2020, ku bwitabire […]

Ingabo z’u Bufaransa zitoza ibisiga guhanura utudege tw’imitwe y’iterabwoba (Amafoto)

3d70df8300000578-4241632-image-a-3_1487585156589.jpg

Ingabo z’u Bufaransa zirwanira mu kirere zifite ibisiga bine bidasanzwe, zitoza guhanura utudege tutagira abapilote (drones) tw’imitwe y’iterabwoba. Ibi bisiga bifite amazina ya: D’Artagnan, Athos, Porthos na Aramis; byaturazwe mu 2016 ubwo izi ngabo zari zifite impungenge z’uko imitwe y’iterabwoba ishobora kohereza utu tudege dutezweho ibisasu, bigahitana abantu. Ni nyuma y’aho mu 2015 hari akadege […]

Umusore yafunzwe azira gukunda, imiryango mpuzamahanga iha Abanyarwanda 2 akazi

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 7 Ukuboza 2020 cyumvikanyemo amakuru meza ku Banyarwanda babiri bigeze kugira inshingano zikomeye ku gihugu, baragiriwe icyizere n’imiryango mpuzamahanga, ikabaha imirimo mishya. Humvikanyemo kandi indi nkuru y’urukundo rwarenze umupaka rwatumye umusore atabwa muri yombi, arekurwa hashize iminsi itatu. Ngaya amakuru twatoranyije mu yaranze icyumweru: Umusore yafunzwe azira urukundo, uwo yakunze […]

Abanduye Covid-19 biyongereyeho 131 barimo abavuye mu mahanga

epjopefw4aozpwn.png

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 13 Ukuboza 2020 yatangaje ko abanduye icyorezo cya Covid-19 ari 131 mu bipimo 2444 byafashwe. Aba barimo 84 babonetse i Kigali mu bapimwe mu bagenzi bava mu mahanga ndetse no mu biteguraga kwitabira ubukwe. Barimo kandi 20 babonetse i Musanze, 11 babonetse i Rubavu, 4 babonetse muri Nyabihu, […]

Letitia w’imyaka 23 asobanura ko kotesha igitsina ku kazuba ari ingenzi

Umukobwa w’imyaka 23 y’amavuko ukomoka muri Brazil, Letitia Martins wamamaye nka Lunna Leblanc tariki ya 30 Ugushyingo 2020 yabwiye bagenzi be ko kotesha igitsina ku kazuba ari ingenzi, yifashishije urubuga rwa Instagram. Yasobanuriye abamukurikira ko gukora iki gikorwa amasaha abiri buri munsi ari byiza ngi “kuko bituma umukobwa agira imbaraga” kandi “akagira n’ubushake bwinshi bwo […]

Leta ikeneye kugaruza amafaranga miliyari 3 azava mu manza 280 yatsinze

Minisitiri w’Ubutabera, Busingye Johnston yamenyesheje Abahesha b’Inkiko b’Umwuga ko hari amafaranga y’u Rwanda (rwf) 3,010,711,593 bagomba kugaruza, aya akaba agomba kuva mu manza 280 Leta yatsinze. Minisitiri Busingye yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’aba Bahesha b’Inkiko uko ari 37, kigamije kurebera hamwe uburyo buri wese ubereyemo leta umwenda leta yakwishyuzwe. Nk’uko Minisiteri y’Ubutabera yabitangarije kuri Twitter, […]

Perezida Trump ni umuhombyi w’umwaka_Der Spiegel

Igitangazamakuru gikomeye mu Budage no ku mugabane w’Uburayi, Der Spiegel tariki ya 11 Ukuboza 2020 cyise Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump umuhombyi w’umwaka w’2020. Abanditsi babiri bahuriye kuri iyi nkuru bise Perezida Trump umuhombyi w’umwaka (Der Verlierer des Jahres), bashingiye ku kuba yaranze kwemera ko yatsinzwe na Joe Biden mu matora y’Umukuru […]

Akana k’imyaka 7 gafite ‘6 pack’ nk’iy’abasore b’ibigango_Amafoto

nino-tarzan.jpg

Arat Hosseini ni umwana wavukiye muri Iran tariki ya 13 Nzeri 2013, ugaragara mu buryo butamenyerewe bitewe n’uko yubatse umubiri, akaba afite ‘Six Pack’ nk’iy’abasore b’ibigango. Se w’uyu mwana, Mohammed Hosseini yasobanuye ko yatangiye gukoresha uyu mwana imyitozo ngororamubiri ubwo yari yujuje amezi 9 y’amavuko, icyo gihe akaba yaratangiye kujya amwuriza ahantu hegutse. Aha yafotowe […]

U Rwanda mu bihugu 96 bizabona inkingo za Covid-19 mbere

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Ngamije Daniel yatangaje ko u Rwanda ruri mu bihugu 96 ku Isi bizabona inkingo za Moderna na AstraZeneca Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) witezweho kwemeza ko zatangira gukingira abantu icyorezo cya Covid-19. Yabitangarije mu kiganiro yagiriye ku bitangazamakuru by’igihugu cyatambutse no kuri bimwe mu bitangazamakuru byigenga, kuri uyu wa 13 Ukuboza […]

Hari abacuruzi banduye Covid-19 bakoresha ibyangombwa by’uko batanduye_Minisitiri Ngamije

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Ngamije Daniel kuri uyu wa 13 Ukuboza 2020 yahishuye ko hari abacuruzi bambukiranya imipaka, bakoresha ibyangombwa bigaragaza ko batanduye icyorezo cya Covid-19, kandi baranduye. Yabitangarije kuri RBA mu kiganiro cyarimo abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Minisitiri w’Ubucuruzi n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda. Minisitiri Ngamije yagaragaje ko iyi myitwarire y’abacuruzi ari imwe […]

Katumbi arabyinira ku rukoma, abona Kabila n’abe bigizwayo

moise-vs-jkk.jpg

Umunyapolitiki MoĂŻse Katumbi akomeje kugaragaza ibyishimo aterwa no kuba Perezida FĂ©lix Tshisekedi yaritandukanyije na Joseph Kabila ndetse no kuba abo bakoranaga bya hafi bakomeje kwigizwayo. Katumbi ni umuntu wabaye inshuti ya Kabila, nyuma baza gushwana, yegura ku mwanya w’ubuyobozi, ubwo yari Guverineri w’Intara ya Katanga, ajya mu buhungiro mu Bubiligi kuko yirinda gufungwa nyuma yo […]

Abantu barenga 1,600,000 bamaze kwicwa na Covid-19

image_1607844201.jpg

Urubuga rwa World Ometers rutanga amakuru agezweho ku cyorezo cya Covid-19 yaraye saa tatu n’iminota 8 z’iki gitondo rwerekanye ko abantu 1,611,863 bamaze kwicwa n’icyorezo cya Covid-19 ku Isi yose. Muri aba bose, Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zibasiwe cyane, zimaze gupfiramo abarenga 305,082, Brazil igarukiriraho n’abapfuye barenga 181,143, u Buhinde bukagira 143,055, Mexique, […]

Imyaka 17 irashize Saddam Hussein avumbuwe mu mwobo; iby’ingenzi ku ifatwa rye

Mu bikorwa bitazibagirana ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakoze, harimo Operasiyo (Operation) Red Dawn yarangiye zivumbuye mu mwobo Saddam Hussein wabaye Perezida wa Iraq kuva mu 1979 kugeza mu 2003. Operasiyo yabereye mu mujyi wa ad-Dawr muri Iraq, mu majyepfo y’umujyi wa Tikrit yavukiyemo, tariki ya 13 Ukuboza 2003, ikozwe n’itsinda kabuhariwe, Task […]