Depite Mishiki wigambye igitero cyahitanye Umufaransakazi i Goma yirukanwe muri Wazalendo 

20260313 060310

Depite Willy Mishiki wari umuyobozi w’inama y’inararibonye y’imitwe ya Wazalendo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaze kwirukanwa muri iriya mitwe nyuma yo kwigamba igitero cya drone cyagabwe i Goma cyikicirwamo abarimo Umufaransakazi wakoreraga UNICEF. Ku wa 11 Werurwe ubwo Mishiki yaganiraga na Televiziyo ya TV5 Monde, yavuze ko kiriya gitero kiri mu mugambi wa […]

Gen. Masunzu yahawe imirimo mishya 

20260314 095620

Lieutenant-Général Pacific Masunzu wayoboraga zone ya gatatu ya gisirikare mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yahawe imirimo mishya. Amakuru atandukanye aremeza ko Masunzu yagizwe Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo za RDC ushinzwe ibikorwa n’ubutasi. Ni inshingano yasimbuyeho Lt. Gen Jacques Ychaligonza Nduru wari uzimaranye imyaka itatu. Masunzu yahawe ziriya nshingano, nyuma y’uko mu […]

Icyo u Rwanda ruvuga ku nkunga EU iha RDF ishobora guhagarikwa

31503476467 209159fe30 b

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko kugira ngo ibikorwa byo kurwanya iterabwoba ingabo z’u Rwanda zirimo mu ntara ya Cabo Delgado bikomeze bisaba inkunga ihagije, mu gihe amakuru avuga ko iyo Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi watangaga ishobora guhagarikwa. Byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo, asubiza inkuru y’ikinyamakuru Bloomberg ivuga ko amasezerano y’inkunga y’amafaranga EU igenera ibikorwa […]

Impanuro za Maj. Gen Nyakarundi ku basirikare ba RDF bitegura kujya i Cabo Delgado 

20260313 134750

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi, kuri uyu wa Gatanu yahaye impanuro itsinda ry’abasirikare ba RDF n’abapolisi bitegura kujya mu butumwa i Cabo Delgado muri Mozambique. Aba basirikare n’abapolisi bagomba kujya gusimbura bagenzi babo bari basanzwe bari muri ubwo butumwa. Impanuro za Maj. Gen Nyakarundi zatangiwe mu Kigo cya Gisirikare cya […]

France: Hatangijwe iperereza ku byaha by’intambara muri RDC nyuma y’iyicwa ry’Umufaransakazi

69b31684eac4b0fcb504f66e.1

Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 13 Werurwe, ubushinjacyaha bw’igihugu cy’u Bufaransa bushinzwe kurwanya iterabwoba bwatangaje ko hafunguwe iperereza “ku bantu batazwi kubera ubwicanyi bugize icyaha cy’intambara” muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo nyuma y’urupfu rw’umukozi wa Loni ukomoka mu Bufaransa. Umukozi mu bijyanye n’ubutabazi ukomoka mu Bufaransa, Karine Buisset, wakoreraga i Goma mu ishami […]

Israel yagabye ibitero karahabutaka bishya i Tehran

AFP 20250619 62YX387 v1 HighRes IranIsraelConflict 1750420425

Ingabo za Israel zirwanira mu kirere, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Werurwe zagabye ibitero bikomeye bishya i Tehran mu murwa mukuru wa Iran. Igisirikare cya Israel (IDF), cyatangaje ko biriya bitero bishya byibasiye ibigo byinshi bya gisirikare n’iby’umutekano biri mu murwa mukuru wa Iran. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu mu bice […]

Indege y’Igisirikare cya Amerika yakoreye impanuka muri Irak

1773380919

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Centcom) bwatangaje ko ibikorwa by’ubutabazi bikomeje nyuma y’impanuka y’indege yagaburiraga izindi amavuta y’Igisirikare cya Amerika yaguye mu burengerazuba bwa Irak. Centcom yavuze ko nta kuraswa n’umwanzi cyangwa inshuti kwagize uruhare mu ihanuka ry’indege KC-135 nk’uko inkuru dukesha BBC ivuga. Iyi ndege yari irimo gukoreshwa mu bikorwa […]

USA: Mushikiwabo n’intumwa ayoboye bakiriwe ku meza na Amb. Mukantabana

HDQ9Z3DXYAApLXQ

Mu ruzinduko rwe rw’akazi i Washington, Ambasaderi Mukantabana yateguye ifunguro rya nimugoroba mu rwego rwo guha icyubahiro Umunyamabanga Mukuru wa Francophonie, Louise Mushikiwabo, wari uherekejwe na ba ambasaderi bava mu bihugu bigize Umuryango Mpuzamahanga wa Francophonie (OIF) bafite icyicaro i Washington, D.C. I Washington, Umunyamabanga Mukuru Louise Mushikiwabo yatumiwe n’Itsinda rya ba Ambasaderi bo mu […]

Iran ntizitabira igikombe cy’isi cyizabera muri Amerika

0x0-2.jpg

Ikipe y’igihugu ya Iran ishobora kutazitabira Igikombe cy’Isi cya 2026, nyuma y’uko ubuyobozi bwa siporo muri Iran buvuze ko igihugu kitazitabira iri rushanwa kubera intambara iri hagati ya Iran, Amerika na Israel. Minisitiri wa Siporo wa Iran, Ahmad Donyamali, yatangaje kuri televiziyo ya Leta ko igihugu cye kidashobora kohereza ikipe mu gikombe cy’isi kizabera muri […]

Kenya: Umushinwa yafatanwe magendu y’ibimonyo bisaga 2200

2025 04 15T155024Z 1210592738 RC25YDAV6KUL RTRMADP 3 KENYA ANTS

Muri iki cyumweru, umugabo yatawe muri yombi afite ibimonyo birenga 2200 bizima mu mizigo ye ku kibuga cy’indege gikuru cya Nairobi mu gihe hagenda hagaragara ubwiyongere bwa magendu y’utu dukoko muri Kenya. Ku wa Kabiri, umwenegihugu w’u Bushinwa, Zhang Kequn, yafatiwe ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Jomo Kenyatta ubwo yageragezaga kuva mu gihugu, nk’uko ikirego […]

Umuyobozi w’Ingabo za Jamaica yaganiriye n’Ingabo za RDF zoherejwe gufasha

HDQ40dXW0AADvP

Uyu munsi, Col Déo Mutabazi, Umujyanama mu bya Gisirikare n’Umutekano mu Muryango w’Abibumbye akaba ari nawe Uhagarariye inyungu za Gisirikare z’ u Rwanda muri Jamaica, ari kumwe n’Umuyobozi w’Ingabo z’ u Rwanda zagiye Jamaica gufasha mu bwubatsi, Col Moses Kayigamba, bagiranye ikiganiro n’ Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, ku cyicaro […]

Umusirikare wa mbere w’u Bufaransa yishwe na Iran

macron 20170703

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa yemeje ko umusirikare w’u Bufaransa yiciwe mu gitero cya ‘drone’ cyagabwe ka Erbil muri Iraq, na ho abandi benshi barakomereka. Aya makuru yemejwe na Perezida Emmanuel Macron, mu butumwa yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze. Macron yavuze ko Adjudant-chef Arnaud Frion ari we musirikare wa u Bufaransa butakaje kuva intambara hagati […]

Igisirikare cya Amerika cyibwe Drone 4

photo resize 2026 03 10t164629812 1536x864 1

Ikigo cya gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Fort Campbell, cyatangaje ko hari abantu bataramenyekana bibye drones enye za gisirikare, maze gisaba ubufasha bw’abaturage kugira ngo bafashe mu kubafata. Nk’uko byatangajwe n’igisirikare cya United States Army, Ishami rishinzwe iperereza mu gisirikare rizwi nka United States Army Criminal Investigation Division ryatangaje ko uzatanga amakuru azatuma […]

Abarundi 74 bari mu buhungiro mu Rwanda batashye ku bushake

HDNk7vMXoAAVKV8

Kuri uyu wa Kane, itariki 12 Werurwe 2026, ku bufatanye n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Impunzi mu Rwanda , Impunzi 74 z’Abarundi zafashijwe gutahuka ku bushake zinyuze ku mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera. Kuva mu 2020, impunzi z’Abarundi zirenga 30.000 zasubiye mu gihugu cyazo, mu gihe u Rwanda rukomeje gucumbikira abandi barenga 50.000 bahunze […]

AU yamaganye igitero cya FARDC i Goma

G4CxB gXQAAPfOq 1000x600 1

Kuri uyu wa Kane, Umuryango wa Afurika Yunze ubumwe (AU) wamaganye igitero cy’indege zitagira abapilote cyahitanye abasivili i Goma mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, usaba impande zigira uruhare mu ntambara ikomeje kubera muri ako karere kwifata kandi usaba ko habaho iperereza ritabogamye kuri iki kibazo. Mu itangazo rye, Mahmoud Ali Youssouf, Perezida […]

Stephen Constantine yongeye kugirwa umutoza mukuru w’Amavubi

1773313189545

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA ryatangaje ko Stephen Constantine yagizwe umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi. Uyu mutoza w’Umwongereza w’imyaka 63 si mushya kuri iyi kipe, kuko yayitoje hagati ya 2014 na 2015 mbere yo kongera kuyigarukaho kuri ubu. FERWAFA ivuga ko ashyizwe kuri uyu mwanya mu rwego rwo gukomeza kubaka no kuzamura […]

Inkunga EU yateraga Ingabo z’u Rwanda muri Mozambique yaba igiye guhagarara

52734

Amakuru ataremezwa n’urwego na rumwe bireba yatangajwe n’Ikinyamakuru Bloomberg kuri uyu wa Kane, itariki 12 Werurwe, aravuga ko inkunga y’amafaranga Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi watangaga mu kurwanya inyeshyamba zifitanye isano na Leta ya Kisilamu muri Mozambique, izahagarara muri Gicurasi kandi nta gahunda yo kongera igihe nk’uko abantu begereye iyi dosiye babitangaje. Uyu muryango mu […]

Umuvugizi wa Guverinoma yagaragaje ko igitero cy’i Goma gishimangira impungenge z’u Rwanda

G8opQAyk

Mu gihe hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kugarukwa ku gitero cya drones cyagabwe i Goma mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 11 Werurwe, cyanahitanye Umufaransakazi wakoreraga Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF), Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda we aravuga ko kigaragaza ikibazo cy’umutekano kikiri hafi y’umupaka w’u Rwanda. Abinyujije […]

Iran yibasiye Israel mu bitero bishya ikomeza no gufunga umuhora wa Hormuz

69b2155b70466

Kuri uyu wa Kane, Iran yagabye ibitero bishya bya drone na misile mu gihe intambara yegereje ibyumweru bibiri. Muri Israel, humvikanye impanda ziteguza ibitero byo mu kirere mu gihe abayobozi baburiye abaturage ko hari ibisasu biri guturuka muri Iran, ari na ko ibihugu byo mu kigobe byiteguye kugabwaho ibindi bitero. Ku munsi wa 13 w’intambara […]

FBI yaburiye Amerika ko Iran ishobora kurasa ku butaka bwayo

AP19265237770500

Urwego Rushinzwe Iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FBI), rwatanze umuburo w’uko Iran ishobora kugaba igitero gitunguranye muri leta ya California. Abashinzwe iperereza mu nzego z’umutekano za Amerika na California babwiye CBS ko nta gihamya cyangwa amakuru yihariye agaragaza ko icyo igitero cyegereje. Icyakora bavuga ko hari inyandiko ishingiye ku makuru yatanzwe mbere y’uko […]

Senegal: Hatowe itegeko rikaza ibihano ku baryamana bahuje ibitsina

keya lgbt 1140x855 1

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 11 Werurwe, abadepite bo muri Senegal bemeje itegeko rikaza ibihano ku baryamana bahuje ibitsina benshi bazi nk’”abatinganyi”. Ivugurura ry’ingingo ya 19 y’igitabo cy’amategeko ahana riteganya gukuba kabiri ibihano by’igifungo ku bantu bafatiwe mu bikorwa byo kuryamana bahuje ibitsina. Mu gihe muri Senegal hagenda hafatwa abantu bashinjwa kuryamana bahuje igitsina, […]

Perezida Kagame yakurikiranye umukino PSG yatsinzemo Chelsea

HDLupb1bQAEPmM1

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, umukunzi ukomeye w’Umupira w’amaguru, yitabiriye umukino wa UEFA champions Ligue wahuje ikipe ya PSG na Chelsea kuri uyu wa Gatatu ushize. Muri uyu mukino ikipe ya PSG yatsinzemo Chelsea 5-2, yatsinze ibitego byinshi bitinze kugirango yizigamire mbere y’umukino wa kabiri mu gushaka itike ya kimwe cya kane cy’irangiza. Ikipe ya […]

Jenerali wa Amerika yaburiwe irengero

130409 f jz004

Inzego z’umutekano muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ziri gushakisha Maj. Gen (Rtd) William Neil McCasland wahoze mu ngabo zirwanira mu kirere za Amerika, nyuma yo kuburirwa irengero ari mu mujyi wa Albuquerque muri Leta ya New Mexico. CNN yatangaje ko uriya Jenerali w’imyaka 68 yaburiwe irengero ku wa 27 Gashyantare 2026, nyuma yo kuva […]

Amerika yamaganye igitero cya drone cyagabwe i Goma

20260311 080757

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaganye igitero cya drone ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagabye mu mujyi wa Goma, zivuga ko kugaba ibitero ahantu hatuwe n’abaturage bitemewe. Mu rucyerera rwo ku wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe ni bwo i Goma hagabwe igitero cya drone. Umutwe wa AFC/M23 ugenzura uriya mujyi […]

Mocímboa da Praia: Umugaba w’ingabo za Mozambique yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda

Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka za Mozambique, Maj Gen André Rafael Mahunguane, uyu munsi yasuye icyicaro gikuru cy’Inzego z’Umutekano z’ u Rwanda i Mocímboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado. Yakiriwe n’Umuyobozi w’Inzego z’Umutekano z’U Rwanda, Brig Gen CM Mujuni, ari kumwe n’Umuyobozi w’Ishami rya Polisi ndetse n’Umugaba wa Brigade ya Task Force Group-7. […]

Nangaa yahishuye abo igitero cya drone cyagabwe i Goma cyari kigambiriye

20260311 184110 2

Umuhuzabikorwa w’ihuriro Alliance Fleuve Congo, Corneille Nangaa, yatangaje ko igitero cya drone cyagabwe mu mujyi wa Goma cyari kigambiriye abayobozi bakuru bo ku rwego rwa Politiki n’abagisirikare ba AFC/M23, barimo na we ubwe. Nangaa yemeje ayo makuru mu kiganiro yahaye itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu, nyuma y’amasaha make igitero kibaye. Yavuze ko mu bo kiriya […]

Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva yatangije inama ya IFF 2026

IMG 20260311 WA0013

Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe yatangije ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga yiga ku Ikoranabuhanga ridaheza mu rwego rw’Imari izwi nka IFF 2026. Iyi nama iri kubera muri Kigali Convention Centre yitabiriwe n’abasaga 3000 barimo abayobozi mu nzego zitandukanye, abashoramari na ba rwiyemezamirimo mu rwego rw’imari muri Afurika. Iyi […]

Burundi: Gen. Bunyoni wari warakatiwe igihano kiruta ibindi yarekuwe

gen. alain guillaume bunyoni ahabwa amahirwe yo gusimbura nkurunziza 8ba0e

Gen. Alain Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, yafunguwe nyuma y’imyaka itatu yari amaze afunzwe. Amakuru y’ifungurwa rye yemejwe n’umwe mu bantu ba hafi ye. Umwe mu bayobozi bakuru b’ishami ry’iperereza mu Burundi na we yemereye BBC ko uriya mugabo yafunguranwe n’abandi bantu babarirwa mu 10 kubera impamvu z’uburwayi. Icyakora andi makuru avuga […]

U Bubiligi bwamaganye igitero cy’i Goma cyahitanye Umufaransakazi

GudFtuKWgAAJgAp

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot, yamaganye igitero cy’indege zitagira abapilote cyagabwe i Goma mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu cyahitanye ubuzima bw’umukozi w’Umuryango w’Abibumbye n’abasivili benshi. Mu butumwa bwe yanyujije kuri X, Minisitiri Prevot yagize ati: Kubw’ibyago, ntabwo ari ikintu cyihariye, turabona ubwiyongere bw’ibitero nk’ibi, birenga ku ihagarikwa ry’imirwano, byakozwe n’impande zose […]

Icyo Macron avuga ku Mufaransakazi wiciwe mu gitero cya FARDC i Goma

rss efea7cd387ee3ceb5caedb4f2910fb8266598c8d4c8w

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset, umukozi w’ubutabazi w’Umufaransakazi wakoreraga UNICEF wapfiriye mu gitero cya drone cyagabwe mu mujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Buisset yaguye mu gitero Leta ya RDC yagabye mu mujyi wa Goma, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe […]

Gisagara: Umugabo n’umugore we batawe muri yombi bakurikiranweho kwica abantu 3

rib 12 40b2f

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Ndayisaba Félicien n’umugore we, Imanishimwe Rebecca batuye mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara, bakurikiranyweho kwica abantu batatu. Ndayisaba n’umugore we batawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe 2026, bakaba bakurikiranweho ibyaha birimo ubwicanyi, gushyinyagurira no guhisha imibiri y’abantu batandukanye nyuma yo kubica. Aba bombi bafashwe […]

Uganda: Leta yerekanye ibihugu abaturage babyo bemerewe kwinjira nta viza

ratox 1g 1 1 02262

Guverinoma ya Uganda kuri uyu wa Gatatu yashyize ahagaragara urutonde rw’ibihugu birimo n’u Rwanda abaturage babyo bemerewe kwinjira muri Uganda bitabasabye kubanza gushaka visa. Ku ikubitiro, uru rutonde rugaragaraho ibihugu hafi ya byose byo mu karere bigize Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC): U Rwanda, u Burundi, Kenya, Tanzania, DRC, Sudani y’Epfo, usibye Somalia. Urutonde […]

Kabila na Gen. Makenga mu bo igitero cya drone cy’i Goma cyari kigambiriye 

Amakuru atandukanye akomeje guturuka mu mujyi wa Goma aremeza ko igitero cya drone ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagabye mu mujyi wa Goma, cyari kigambiriye abarimo Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa kiriya gihugu. Mu ma saa kumi n’igice y’igitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe, ni […]

RDC: HRW iravuga ko abantu bakomeje kuburirwa irengero i Kinshasa

DRC 04 Nov 2017

Umuryango Mpuzamahanga uharanira Uburenganzira bwa Muntu (HRW), watangaje ko kuva muri Werurwe 2025, inzego z’umutekano za Congo ziri inyuma y’ibikorwa byinshi byo kurigisa abantu i Kinshasa, mu murwa mukuru wa Reubulika ya Demokarasi ya Congo no mu nkengero zaho. Human Rights Watch ivuga ko yabaruye dosiye 17 z’abantu banyerejwe ku gahato cyangwa baburiwe irengero mu […]

Uwahoze ayobora umupira w’amaguru muri Congo yakatiwe burundu

20260311 093413

Urukiko rwo muri Republic of the Congo rwakatiye igifungo cya burundu uwahoze ari Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri iki gihugu, Jean-Guy Blaise Mayolas, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kunyereza amafaranga yari yatanzwe na FIFA. Nk’uko byatangajwe ku wa Kabiri, urukiko rwasanze Mayolas yaranyereje amafaranga agera kuri miliyoni 1.1 z’amadolari ya Amerika, yari agenewe guteza imbere […]

Dr. Kaberuka yakebuye AU ku bijyanye no kwigira mu by’umutekano

HDDzz JbkAAGb56

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri ushize, Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ka AU kaganiriye na Dr. Donald Kaberuka, Umuyobozi Mukuru wa AU ushinzwe gushakira inkunga Umuryango n’Ikigega cy’Amahoro cya AU. Baganiriye ku ikoreshwa ry’ikigega n’ingamba zo gushakisha inkunga irambye y’ibikorwa by’amahoro muri Afurika. Donald Kaberuka yashimangiye ko AU ikeneye gushingira ku buryo bwayo bwite, […]

Drone ya FARDC yarashe i Goma, yica abarimo umukozi wa Loni

20260311 080757

Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe, Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagabye igitero cya drone mu mujyi wa Goma cyiciwemo abarimo umukozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF). Amakuru y’iki gitero yemejwe n’umutwe wa AFC/M23 ugenzura uriya mujyi, biciye muri Lawrence Kanyuka uwuvugira mu bya […]

Lorenzo yasubije RIB yamuhaye gasopo 

1773208477862

Umunyamakuru wa siporo Musangamfura Christian uzwi nka Lorenzo yasubije ubutumwa bwatanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) bwari bwihanangirije abanyamakuru ba siporo kubahiriza amahame y’umwuga no kwirinda amagambo ashobora guteza umwiryane mu bafana. Ibi byakurikiye amagambo yatangajwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, waburiye abanyamakuru bakora ibiganiro bya siporo barimo Lorenzo na Rugaju Reagan ko bagomba […]

Umuherwe wa mbere ku Isi ubu amaze kugeza muri miliyari 839$

mobile header

Umunyemari Elon Musk, umunyamigabane myinshi mu ruganda rukora amamodoka Tesla, isosiyete ikora ibyogajuru SpaceX, urubuga nkoranyambaga X, n’ikigo cy’ikoranabuhanga ry’ubuhangano, xAI, akomeje kuza ku isonga ku rutonde rw’abantu bakize kurusha abandi ku Isi rwashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kabiri, itariki 10 Werurwe, n’ikinyamakuru Forbes. Umutungo we ubu urabarirwa muri miliyari 839 z’amadolari, ugereranije na miliyari […]

Abayobozi b’inganda za gisirikare muri EAC bateraniye mu nama i Kigali

HDEaUqracAAQEhl

Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare zo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bahuriye i Kigali mu nama y’iminsi itatu kuva ku wa 10 kuzageza ku wa 12 Werurwe 2026, bagamije gusuzuma aho gahunda yo gukoresha mu buryo buhuriweho ibikorwaremezo by’inganda za gisirikare igeze ishyirwa mu bikorwa. Iyi nama iri kuba hashingiwe ku ngingo […]

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

20260310 190102

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri yahuye anagirana ibiganiro na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron. Abakuru b’ibihugu byombi bahuriye i Paris mu Bufaransa, ahabereye Inama ya kabiri Mpuzamahanga yiga ku ngufu za nucléaire. Perezidansi y’u Rwanda ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko ba Perezida Kagame na Macron “baganiriye ku mubano ukomeye […]

Iran yaburiye Trump ko na yo ishobora kuzamwivugana

ali larijani tthreat to donald trump

Umwe mu bayobozi bakuru mu by’umutekano muri Iran, yaburiye Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko agomba kwitonda, kugira ngo atazisanga na we yishwe. Ali Larijani usanzwe ari Umuyobozi w’Inama Nkuru y’Umutekano muri Iran, yavuze ko abaturage be badatinya ibyo yise “iterabwoba ryo ku mpapuro” rya Trump. Yavuze ko Iran yigeze guhangana […]

RIB yerekanye 2 bakurikiranweho ubugome ndengakamere

HDCsfKTWcAALhKt

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), kuri uyu wa Kabiri rwerekanye abasore babiri rukurikiranyeho gukora ibikorwa by’indengakamere. Aberekanwe ni abasore babiri b’imyaka 27 na 31 bakurikiranweho ibyaha birimo ubwambuzi bushukana n’icyo gusambanya abana b’abakobwa nyuma yo kubizeza akazi. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yasabye abaturage gukomeza kuba maso no kugira amakenga mu byo bakora mu […]

RIB yihanangirije bwa nyuma abanyamakuru ba siporo babiba urwango

20260310 144356

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwihanangirije bwa nyuma abanyamakuru ba siporo bakora ibiganiro bibiba urwango mu babakurikira, ruvuga rugiye gutangira rubakurikirana. Uru rwego rwatanze uyu muburo mu gihe mu minsi ishize humvikanye ihangana rikomeye hagati y’abanyamakuru bakora ibiganiro by’imikino kuri radiyo zikorera mu mujyi wa Kigali. Ubwo iryo hangana no guterana amagambo byariho, nk’umunyamakuru Ngabo Roben […]

France: Urukiko rwateye utwatsi ubusabe bwa Sarkozy ku bihano yahawe

2023 11 08T125132Z 2088149456 RC2094AL2V5U RTRMADP 3 FRANCE POLITICS SARKOZY TRIAL 1 1736159037

Urukiko mu Bufaransa kuri uyu wa Mbere ushize, itariki ya 9 Werurwe, rwemeje ko uwahoze ari perezida, Nicolas Sarkozy, agomba kurangiza igihano yahawe nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukoresha amafaranga atanyuze mu mucyo mu gihe cyo kwiyamamaza, nk’uko amakuru aturuka mu begereye iyi dosiye avuga, nyuma y’uko umwunganizi we agerageje guhuza ibihano ku byaha bibiri […]

Rutshuru: Inyeshyamba za Wazalendo na FDLR zikomeje kujujubya abatuye Buramba

2014368533533549 8

Abatuye mu Mudugudu wa Buramba, muri Gurupoma ya Binza, Sheferi ya Bwisha, muri Teritwari ya Rutshuru, bakomeje gutaka bivovotera umutekano mucye uterwa n’inyeshyamba za wazalendo na FDLR zikomeje kubahohotera. Biravugwa ko abahohoterwa kenshi bashinjwa gukorana na AFC/M23. Amakuru amwe avuga ko imitwe y’inyeshyamba ibarizwa mu bihuru byegereye Buramba, ari yo ihungabanya umutekano. Inyeshyamba za wazalendo […]

Perezida Kagame ari kwa Macron

20260310 102118

Perezida Paul Kagame yamaze kugera i Paris mu Bufaransa, aho yitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku ngufu za ‘nucléaire’. Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, ni yo yemeje ko Umukuru w’Igihugu n’itsinda ry’intumwa ayoboye bamaze kugera muri kiriya gihugu. Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Werurwe ni bwo iriya nama […]

Maurtius irateganya kujyana u Bwongereza mu nkiko kubera Ibirwa bya Chagos

71222971 0 image a 69 1684621365683

Minisitiri w’Intebe wa Maurtius, Navin Ramgoolam, mu cyumweru gishize yavuze ko Mauritius iteganya kurega u Bwongereza kubera gutinda kwemeza amasezerano yo gusubiza Ibirwa bya Chagos. Ramgoolam yatangarije ikinyamakuru Defi Media ati: “Turimo gushakisha inzira zemewe n’amategeko muri dosiye ya Chagos.” Yongeyeho ko guverinoma yatangiye kugisha inama ibigo mpuzamahanga by’amategeko mu gihe hagitegerejwe gukora transfer ku […]

M23 yongeye gutakaza Kazinga

IMG 20250319 WA0062 1

Umutwe wa AFC/M23 ku wa Mbere wongeye gutakaza agace ka Kazinga ko muri Teritwari ya Masisi, ingabo za Leta ya RDC zongera kukagenzura. Mu byumweru bibiri bishize ni bwo M23 yari yirukanye ingabo za Leta y’i Kinshasa muri kariya gace gaherereye muri Segiteri ya Osso Banyungu. FARDC na Wazalendo bakisubije nyuma y’imirwano yamaze umunsi wose, […]

Gasabo: Uwashinjwaga gusambanya umwana w’umuhungu yahamijwe icyaha arakatirwa

csm Gasabo 122321pdf 545dd2d8f3 f130dad671

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwasomye urubanza ruregwamo umugore w’imyaka 34 ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 14 y’amavuko rwemeza ko uregwa ahamwa n’icyaha rumuhanisha igihano cy’igifungo cy’imyaka 10. Icyaha uregwa akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 31 Ukuboza 2025 no ku itariki ya 03 Mutarama 2026, mu Mudugudu Karenge, Akagari ka Nyakabungo, Umurenge wa Jali, mu Karere […]

Undi musirikare wa Amerika yaguye mu ntambara na Iran

20260310 084228

Sgt. Benjamin Pennington wo mu ngabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yabaye umusirikare wa karindwi wazo wapfuye nyuma y’igitero zo na Israel bagabye kuri Iran mu mpera z’ukwezi gushize. FOX News yatangaje ko Sgt Pennington yapfuye azize ibikomere yagiriye mu gitero Iran yagabye ku birindiro by’Ingabo za Amerika muri Arabie Saoudite, mu kwihimura ku […]

Ubusabe bwa EAC ku mirwano ikomeje gusakiranya Kinshasa na M23

20260310 082546

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) na wo wasabye impande ziri mu makimbirane yo mu burasirazuba bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo gutanga agahenge, nyuma y’igihe kirekire hatumvikana ijwi ryawo. Iki cyifuzo cya EAC cyatangajwe nyuma y’inama ya 25 y’abakuru b’ibihugu by’uwo muryango yabereye i Arusha muri Tanzania, ku wa Gatandatu tariki ya 7 Werurwe. Kuri […]

Abakinnyi ba Iran banze kuririmba indirimbo y’igihugu banze gusubira iwabo

107006209 0 image a 43 1773118117487

Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’abagore ya Iran bateje akavuyo mu mujyi wa Gold Coast muri Australia, ubwo bageragezaga kuva muri hoteli bari bacumbitsemo bajyanwa ku kibuga cy’indege, mu gihe abigaragambyaga bageragezaga kubabuza gusubira iwabo muri Iran. Amakuru avuga ko abakinnyi batanu b’iyi kipe bahisemo gusaba ubuhungiro muri Australia nyuma yo kwakira ubutumwa bugufi buvuye iwabo bwababwiraga […]

Umufana yacomoye televiziyo ya VAR ubwo umusifuzi yari agiye gusuzuma penaliti

20260309 110117

Mu mukino wo mu cyiciro cya kabiri cya shampiyona y’Ubudage wabaye ku Cyumweru, umufana wipfutse mu maso yakoze igikorwa cyatunguye benshi ubwo yacomoraga televiziyo ya VAR yari ku kibuga. Ibi byabaye mu mukino wahuje Preußen Münster na Hertha BSC, aho umusifuzi Felix Bickel yari ahamagawe ngo asuzume niba hari penaliti yakorewe Hertha Berlin. Icyakora ageze […]

Rihanna yahunze

d8f1faabdb1748089cda612219b64dab md

Umuhanzikazi w’icyamamare ku isi Rihanna yagaragaye ava mu mujyi wa Los Angeles ku wa Mbere nyuma y’igikorwa cyateye ubwoba cyabaye ku rugo rwe aho umuntu yarashe amasasu menshi agana ku nzu ye. Amafoto yafashwe n’abanyamakuru agaragaza imifuka n’imizigo ishyirwa mu modoka, nyuma ijyanwa ku kibuga cy’indege cya Van Nuys Airport, mbere y’uko indege itwara uyu […]

M23 iremeza ko yatoraguriye abacengezi benshi hafi ya Goma

2026 03 05 14 43 14 screenshot 2025 01 31 195442

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ku Cyumweru tariki ya 8 Werurwe wagoteye hafi y’umujyi wa Goma abacengezi bari baje kwiba inka z’abaturage, birangira bose ubatoraguye. Mu masaha y’igitondo ni bwo mu majyaruguru ya Goma humvikanye urusaku rw’amasasu, rurimo urw’imbunda nto ndetse n’iziremereye. Amwe mu makuru yavugaga ko urwo rusaku rwaturukaga ku mirwano yarimo ihuza M23 […]

FARDC ikomeje gusuka ibibombe kuri Minembwe ubutaruhuka

maxresdefault

Kuva saa mbiri z’igitondo kugeza na n’ubu, ubwo twandikaga iyi nkuru, biravugwa ko ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa ryakomeje gutera ibisasu muri centre ya Minembwe, agace gatuwe cyane, hakoreshejwe drone z’ubwiyahuzi. Mu itangazo ryawo, umutwe wa AFC/M23 wavuze ko “ibi bitero bitavangura kandi by’ubugizi bwa nabi byibasiye nkana abasivili, bitera impfu za benshi mu baturage […]

Uko abayobozi bakuru ba RDF batangije DSCOP 2026 hirya no hino mu Rwanda

IMG 20260309 WA0002

Abayobozi bakuru b’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Werurwe batangije hirya no hino mu gihugu ibikorwa byo gufasha abaturage mu mibereho n’iterambere (DSCOP 2026). Ni ibikorwa ngarukamwaka RDF iri guriramo na Polisi y’Igihugu, mu rwego rwo kwizihiza umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 32 uzaba tariki ya 4 Nyakanga. Minisitiri Marizamunda […]

U Rwanda rwakiriye inama y’ubucuruzi iruhuza n’ibihugu by’u Burayi bw’amajyaruguru

HC9Gz9bWQAAikjz

Kuva kuri uyu wa Mbere, itariki 9 Werurwe, i Kigali hateraniye Inama ya Kabiri yiga ku Bucuruzi hagati y’u Rwanda n’ibihugu byo mu Majyaruguru y’u Burayi na ‘Baltic’. Iyi nama yahuje abagera kuri 250 barimo abo mu nzego za Leta, abacuruzi, abashakashatsi n’abikorera hagamijwe kwagura ubufatanye mu bucuruzi, ishoramari, guhanga udushya, ubuzima n’uburezi hagati y’u […]