Ntituzigera twibagirwa ubwitange bwanyu: JDF ibwira RDF n’Abanyarwanda

20260317 075159

Ingabo za Jamaica (JDF), zashimiye iz’u Rwanda n’abanyarwanda, nyuma y’amezi abiri itsinda ry’ingabo zo mu ishami ry’ubwubatsi ryoherejwe muri kiriya gihugu gufasha gusana ibyangiritse nyuma y’inkubi yahashenye byinshi. Ku wa Mbere tariki ya 16 Werurwe ni bwo itsinda ry’abasirikare 100 bo mu ngabo z’u Rwanda bari baroherejwe muri Jamaica ryagarutse i Kigali. Mu butumwa igisirikare […]

AFC/M23 yishe 13 mu bari bateye i Goma

GiSU1ueWQAAFRLC

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe mu mujyi wa Goma, nyuma yo kuhagaba igitero mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere tariki ya 16 Werurwe. Amakuru atangwa n’abayobozi ba AFC/M23 avuga ko usibye bariya 13 bishwe, hari n’abandi batatu bafashwe mpiri. Ubuyobozi bw’uriya mutwe buvuga ko abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo baturutse muri Parike ya […]

Abafite ubumuga bwo kutabona baracyagorwa no kubona serivisi za Banki

IMG 20260316 WA0023

Bamwe mu bafite ubumuga bwo kutabona bo mu Rwanda bagaragaza ko bakigorwa no guhabwa serivisi z’ibigo by’imari, bitewe no kuba hari zimwe muri Banki zigishidikanya ku bushobozi bwabo. Abaganiriye na BWIZA iruhande rw’Inama Mpuzamahanga yiga ku Ikoranabuhanga ridaheza mu rwego rw’Imari (IFF 2026) yabereye i Kigali mu cyumweru gishize, bagaragaje ko bakigorwa no kuba hari […]

Musanze: Hatangijwe amasomo ku Mubano Mpuzamahanga n’Umutekano

HDikhImWIAA2QmO

Ishuri Rikuru rya Gisirikare riri mu Karere  ka Musanze (RDFCSC) uyu munsi ryatangije amasomo yiga ku Mubano Mpuzamahanga n’Umutekano, akaba ari amasomo ya mbere mu ruhererekane rw’amasomo yo ku rwego rwo hejuru yateguwe ku bufatanye n’Ikigo cy’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe amahugurwa n’ubushakashatsi (UNITAR). Maj Gen Eugene Nkubito, Umuyobozi wa Diviziyo ya 3, watangije ku mugaragaro ayo […]

Imihanda yangiritse muri birantega Ngororero ifite 

IMG 20260316 WA0010

Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero burishimira kuba hari intambwe ifatika aka karere kamaze gutera mu iterambere, n’ubwo hakiri za birantega zirimo imihanda yangijwe n’ibiza zikibangamira iterambere ryako. Ku wa Gatanu tariki ya 13 Werurwe ubwo ubuyobozi bw’aka karere n’abafatanyabikorwa bako barimo Umuryango ARCOS mu mushinga MuLaKiLa baganiraga n’itangazamakuru, bwagaragaje ko mu byo bwishimira harimo kuba ingo […]

Tshisekedi si we kibazo wenyine: Minisitiri Nduhungirehe

ndhu 3dd8e 94dd7

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko Perezida Felix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo atari  we gusa utuma amasezerano ya Washington igihugu cye n’u Rwanda byasinyanye adashyirwa mu bikorwa, ko ahubwo ikibazo kinari ku muryango mpuzamahanga umurebera mu gihe ayica. Umukuru wa Dipolomasi y’u Rwanda yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Radiyo […]

FARDC iravuga ko yataye muri yombi abayobozi 2 b’imitwe ya wazalendo

20260109105036000000

Ubuyobozi bukuru bw’akarere ka 34 ka gisirikare ka FARDC bwatangaje ko i Walikale hafatiwe abayobozi babiri ba Wazalendo bashinjwa kugira uruhare mu bikorwa by’ingeso mbi n’urugomo byagize ingaruka zikomeye ku baturage b’abasivili. Abo ni abiyise abajenerali barimo Kirikicho Mirimba, uzwi ku izina rya Mwana Mayi, wo mu mutwe wa COPACO (Coalition of Patriot muri Congo), […]

Minisitiri Nduhungirehe yakiriwe na mugenzi we wa Djibouti

HDh2sThWAAAS0uX

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe yakiriwe na mugenzi we wa Djibouti, Abdoulkader Houssein Omar, amushyikiriza ubutumwa Perezida Kagame yageneye mugenzi we w’icyo Gihugu, Ismail Omar Guelleh. Minisitiri Nduhungirehe na Houssein Omar, kuri uyu wa Mbere, bagize umwanya wo gusuzuma imiterere y’umubano w’u Rwanda na Djibouti, banareba inzego zifite inyungu zihuriweho warushaho kwagurirwamo.

Abasirikare ba RDF bari bamaze amezi 2 muri Jamaica batashye

rdf33 2764b

Abasirikare babarirwa mu ijana bo mu ngabo z’u Rwanda kuri uyu wa Mbere bageze i Kigali, nyuma yo kuva muri Jamaica aho bari bamaze amezi abiri. Aba basirikare ubwo bageraga ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, bakiriwe n’Umugaba w’Ingabo z’Inkeragutabara, Maj. Gen Alex Kagame. Mu butumwa yabagejejeho, Maj. Gen Kagame yabashimiye ku kuba bararanzwe n’indangagaciro […]

Ba Musenyeri basabye ko imipaka y’u Burundi n’u Rwanda ifungurwa

47cd871d 9d77 455b b68d

Abepiskopi ba Kiliziya Gatolika yo mu Rwanda no mu Burundi, basabye ko imipaka yo ku butaka ihuza ibihugu byombi yongera gufungurwa, nyuma y’imyaka ibiri yarafunzwe. Aba bihaye Imana batanze ubwo busabe ubwo bahuriraga i Kigali hagati y’itariki ya 9 n’iya 11 Werurwe. Basabye ko hakomeza ibiganiro bigamije kongera gusubukura ubuhahirane n’imigenderanire hagati y’u Rwanda n’u […]

UAE: Abagande mu banyamahanga bakomerekeye mu bitero bya Iran

ftcms d8bba3fd 95a4 4de2 aca7 a6823430b028

Abenegihugu ba Uganda bari mu banyamahanga bakomerekeye mu bitero bya misile na drone bikomeje kwibasira Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), ibigaragaza ingaruka z’intambara diaspora iri guhura nazo muri iki gihe mu gihe intambara ya Iran ikomeje. Minisiteri y’ingabo ya UAE yavuze ko ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere ku itariki ya 14 Werurwe bwasamye misile icyenda […]

Clapton Kibonge n’umugore we berekanywe mu rusengero

Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filime Clapton Kibonge n’umukunzi we Ntambara Jacky berekanywe mu rusengero mu rwego rwo gutangira imyiteguro ya nyuma y’ubukwe bwabo. Iki gikorwa cyabereye mu rusengero rwa Healing Center Church ruherereye i Remera mu Mujyi wa Kigali, aho bakiriwe na Rev. Muhigwa Emmanuel. Aba bombi bamaze imyaka umunani babana, bakaba barafashe icyemezo cyo […]

Equit Bank Rwanda iravuga ko hari abagerageje kuyiba

equitybank rwanda 1110x550 1 1110x550 1

Equity Bank Rwanda, iravuga ko yamenye amakuru y’ibikorwa by’uburiganya bwageragejwe gukorwa muri sisitemu yayo ubwo habagaho ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga, ariko ko hahise hafatwa ingamba zihuse, ndetse hakaba hatangiye iperereza. Ibi byatangajwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ubuyobozi bwa Equity Bank Rwanda kuri iki Cyumweru. “Sisitemu zacu zo kugenzura ibikorwa zabonye ibikorwa by’ihererekanya ry’amafaranga bidasanzwe, maze hahita […]

Trump yasabye ubufasha bwo gufungura umuhora wa Hormuz 

260314 trump ch 1313 53d2d1

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasabye ibihugu kuza gufasha igihugu cye gufungura umuhora wa Hormuz ufatwa nk’inzira inyuzwamo Peteroli nyinshi kurusha izindi ku Isi. Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru Financial Times, Trump yavuze ko yavuganye “n’ibihugu bigera kuri birindwi” ku “gucunga umutekano” w’umuhora wa Hormuz. Nubwo nta gihugu yavuze yaganiriye na cyo, […]

France: Sarkozy wahoze ari perezida asubiye mu rukiko

GettyImages 2241958625 scaled 1

Uwahoze ari umukuru w’igihugu cy’u Bufaransa n’abandi bareganwa icumi baraburanishwa mu bujurire guhera uyu munsi mu rubanza barezwemo gukoresha inkunga yahawe na Libya mu kwiyamamaza kwe mu 2007. Ihangana rishya mu mategeko ry’amezi atatu riratangira kuri uyu wa Mbere, itariki ya 16 Werurwe, hafungurwa urubanza rw’ubujurire mu rubanza rw’abakekwaho kwakira inkunga Libya imbere y’Urukiko Mpanabyaha […]

I Goma haraye humvikana urusaku rw’amasasu 

20260316 080957

Amakuru aturuka mu mujyi wa Goma mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aremeza ko haraye humvikana urusaku rw’amasasu. Amasasu muri Goma yumvikanye ahazwi nka CCLK mu gace ka Kyeshero, Ndosho ndetse no mu gace ka Mugunga gaherereye mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’uriya mujyi. Amasasu yatangiye kumvikana mu ma saa tanu z’ijoro, agahenge kagaruka mu ma saa […]

RDC: Inteko iraganira ku masezerano yasinywe hagati ya Kigali na Kinshasa i Washington

HDe iAKakAAIAJR

Kuri uyu wa Mbere, itariki 16 Werurwe, Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo iratangira kuganira ku Masezerano y’Amahoro ya Washington yashyizweho umukono hagati y’u Rwanda na Congo mu mwaka ushize. Perezidansi ya Congo yatangaje ko Perezida Félix Tshisekedi yakiriye umukuru w’inteko ishingamategeko umutwe w’abadepite Aimé Boji Sangara na Jean-Michel Sama Lukonde ukuriye […]

Abantu bashobora kuzabaho imyaka 200 babikesha ifi

20260316 074817

Abashakashatsi bo muri Kaminuza ya University of Rochester muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika batangaje ko abantu bashobora kuzabaho igihe kirekire cyane, ndetse bakagera no ku myaka 200, bitewe n’ibanga babonye mu mafi manini yo mu nyanja azwi nka Bowhead whales. Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara mu kinyamakuru cya siyansi Nature bwerekanye ko ayo mafi ashobora kubaho […]

Congo-Brazza: Bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu

2026 03 13T082734Z 191928901 RC2OZJA3M43Z RTRMADP 3 CONGOREPUBLIC ELECTION PREVIEW 1773409672

Kuri iki Cyumweru, abatora muri Repubulika ya Congo bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu, aho Perezida uriho, Dennis Sassou N’Guesso, biteganijwe ko azongera gutsinda nyuma y’imyaka irenga mirongo ine ku butegetsi muri iki gihugu cya Afurika yo Hagati gikungahaye kuri peteroli. Abantu miliyoni eshatu baturutse mu baturage miliyoni 5.7 ni bo biyandikishije kuri lisiti z’abatora muri […]

Gen. Muhoozi yakiriye umujenerali w’Umunyamerika w’intararibonye mu butasi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za UPDF, Gen Muhoozi Kainerugaba, kuwa Gatandatu yakiriye uwahoze ari jenerali n’umuhanga mu bya gisirikare, wasuye Uganda, anamuha incamake y’amateka y’igisirikare cya UPDF, agaragaza imikorere yacyo muri Afurika binyuze mu bikorwa byo kubungabunga amahoro no gukorana n’igisirikare cy’ibindi bihugu byo muri Afurika ndetse no hanze. Lt Gen. (Rtd) Flynn yashimye ubuyobozi bukomeye […]

FARDC yongeye kubyuka isuka ibisasu i Minembwe

HCVRs1MXYAAFEzh

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi riravuga ko kuva ku isaha ya saa kumi n’imwe za mugitondo kuri iki Cyumweru, itariki ya 15 Werurwe 2026, ingabo z’ihuriro ry’ubutegetsi bwa Kinshasa zateye ibisasu mu turere dutuwe cyane twa Kalingi, muri Minembwe, rikoresheje drones z’ubwiyahuzi. AFC/M23 mu itangazo ryayo yasabye Abanyekongo, abayobozi b’akarere, n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga kwita […]

U Rwanda ruremeza ko ruzavana ingabo muri Mozambique inkunga nihagarikwa

111746668 olivier nduhungirehe

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko: “U Rwanda ruzavana ingabo zarwo muri Mozambique niba rutijejwe inkunga irambye mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba muri Cabo Delgado.” Yasubizaga amakuru yerekana ko inkunga yatangwaga n’Ubumwe bw’u Burayi ishobora kuzahagarikwa muri Gicurasi uyu mwaka. Guverinoma y’u Rwanda yari yerekanye ko Ikigo cy’Amahoro cy’u Burayi cyatanze hafi […]

Masisi: Imirwano ikomeye yahuje AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Malemo

images 1

Kuva mu gitondo cya kare kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki ya 14 Werurwe, imirwano ikaze yabaye hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo muri Malemo, umudugudu wo muri Gurupoma ya Bashali Mokoto, Teritwari ya Masisi, Kivu y’Amajyaruguru, ku muhanda Kalembe-Mpety. Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko imirwano yatangiye ahagana mu ma saa […]

Abanyarwanda 297 baracurujwe 2020-2024

IMG 20260313 WA0116

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha ( RIB) ruravuga ko icyaha cy’icuruzwa ry’abantu gihangayikishije cyane isi n’u Rwanda rurimo, aho mu mibare rufite yo kuva muri 2020 kugera 2024 Abanyarwanda 297 ari bo bamenyekanye ko bacurujwe, aho ku rwego rw’Isi  yose abacurujwe bo mu bihugu bitandukanye  barenga 200.000. Mu kiganiro n’abayobozi b’inzego z’ibanze n’ab’amakoperative akora ubucuruzi bwambukiranya imipaka […]

Abasifuzi 10 ba mbere beza kurusha abandi ku Isi

photo afp nicolas tucat 1619079661

Umufaransa Clément Turpin, ayoboye urutonde rw’abasifuzi 10 beza kurusha abandi ku Isi, nk’uko bigaragazwa n’urutonde ruheruka gutangazwa n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’ibarurisha mibare n’amateka ku mupira w’amaguru (IFFHS). Turpin yaje ku mwanya wa mbere n’amanota 65, aba umusifuzi wa mbere ku isi mu bagabo mu mwaka wa 2025 nk’uko byemejwe na IFFHS. Uyu musifuzi amaze imyaka agaragara […]

Kinshasa yatangiye kwikanga M23 muri Katanga

4ddc75f1698994d05cf43f2316d7d33a L

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko ihangayikishijwe n’ishingwa ry’umutwe w’inyeshyamba wagaragaye mu ntara ya Haut-Katanga yo mu majyepfo ya kiriya gihugu. Mu nama y’Abaminisitiri yabereye i Kinshasa ku wa Gatanu tariki ya 13 Werurwe, ubutegetsi bwa Kinshasa bwagaragaje ko hari umutwe w’inyeshyamba umaze iminsi ugaragara muri Katanga, bigakekwa ko waba ufitanye isano […]

Depite Mishiki wigambye igitero cyahitanye Umufaransakazi i Goma yirukanwe muri Wazalendo 

20260313 060310

Depite Willy Mishiki wari umuyobozi w’inama y’inararibonye y’imitwe ya Wazalendo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaze kwirukanwa muri iriya mitwe nyuma yo kwigamba igitero cya drone cyagabwe i Goma cyikicirwamo abarimo Umufaransakazi wakoreraga UNICEF. Ku wa 11 Werurwe ubwo Mishiki yaganiraga na Televiziyo ya TV5 Monde, yavuze ko kiriya gitero kiri mu mugambi wa […]

Gen. Masunzu yahawe imirimo mishya 

20260314 095620

Lieutenant-Général Pacific Masunzu wayoboraga zone ya gatatu ya gisirikare mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yahawe imirimo mishya. Amakuru atandukanye aremeza ko Masunzu yagizwe Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo za RDC ushinzwe ibikorwa n’ubutasi. Ni inshingano yasimbuyeho Lt. Gen Jacques Ychaligonza Nduru wari uzimaranye imyaka itatu. Masunzu yahawe ziriya nshingano, nyuma y’uko mu […]

Icyo u Rwanda ruvuga ku nkunga EU iha RDF ishobora guhagarikwa

31503476467 209159fe30 b

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko kugira ngo ibikorwa byo kurwanya iterabwoba ingabo z’u Rwanda zirimo mu ntara ya Cabo Delgado bikomeze bisaba inkunga ihagije, mu gihe amakuru avuga ko iyo Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi watangaga ishobora guhagarikwa. Byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo, asubiza inkuru y’ikinyamakuru Bloomberg ivuga ko amasezerano y’inkunga y’amafaranga EU igenera ibikorwa […]

Impanuro za Maj. Gen Nyakarundi ku basirikare ba RDF bitegura kujya i Cabo Delgado 

20260313 134750

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi, kuri uyu wa Gatanu yahaye impanuro itsinda ry’abasirikare ba RDF n’abapolisi bitegura kujya mu butumwa i Cabo Delgado muri Mozambique. Aba basirikare n’abapolisi bagomba kujya gusimbura bagenzi babo bari basanzwe bari muri ubwo butumwa. Impanuro za Maj. Gen Nyakarundi zatangiwe mu Kigo cya Gisirikare cya […]

France: Hatangijwe iperereza ku byaha by’intambara muri RDC nyuma y’iyicwa ry’Umufaransakazi

69b31684eac4b0fcb504f66e.1

Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 13 Werurwe, ubushinjacyaha bw’igihugu cy’u Bufaransa bushinzwe kurwanya iterabwoba bwatangaje ko hafunguwe iperereza “ku bantu batazwi kubera ubwicanyi bugize icyaha cy’intambara” muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo nyuma y’urupfu rw’umukozi wa Loni ukomoka mu Bufaransa. Umukozi mu bijyanye n’ubutabazi ukomoka mu Bufaransa, Karine Buisset, wakoreraga i Goma mu ishami […]

Israel yagabye ibitero karahabutaka bishya i Tehran

AFP 20250619 62YX387 v1 HighRes IranIsraelConflict 1750420425

Ingabo za Israel zirwanira mu kirere, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Werurwe zagabye ibitero bikomeye bishya i Tehran mu murwa mukuru wa Iran. Igisirikare cya Israel (IDF), cyatangaje ko biriya bitero bishya byibasiye ibigo byinshi bya gisirikare n’iby’umutekano biri mu murwa mukuru wa Iran. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu mu bice […]

Indege y’Igisirikare cya Amerika yakoreye impanuka muri Irak

1773380919

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Centcom) bwatangaje ko ibikorwa by’ubutabazi bikomeje nyuma y’impanuka y’indege yagaburiraga izindi amavuta y’Igisirikare cya Amerika yaguye mu burengerazuba bwa Irak. Centcom yavuze ko nta kuraswa n’umwanzi cyangwa inshuti kwagize uruhare mu ihanuka ry’indege KC-135 nk’uko inkuru dukesha BBC ivuga. Iyi ndege yari irimo gukoreshwa mu bikorwa […]

USA: Mushikiwabo n’intumwa ayoboye bakiriwe ku meza na Amb. Mukantabana

HDQ9Z3DXYAApLXQ

Mu ruzinduko rwe rw’akazi i Washington, Ambasaderi Mukantabana yateguye ifunguro rya nimugoroba mu rwego rwo guha icyubahiro Umunyamabanga Mukuru wa Francophonie, Louise Mushikiwabo, wari uherekejwe na ba ambasaderi bava mu bihugu bigize Umuryango Mpuzamahanga wa Francophonie (OIF) bafite icyicaro i Washington, D.C. I Washington, Umunyamabanga Mukuru Louise Mushikiwabo yatumiwe n’Itsinda rya ba Ambasaderi bo mu […]

Iran ntizitabira igikombe cy’isi cyizabera muri Amerika

0x0-2.jpg

Ikipe y’igihugu ya Iran ishobora kutazitabira Igikombe cy’Isi cya 2026, nyuma y’uko ubuyobozi bwa siporo muri Iran buvuze ko igihugu kitazitabira iri rushanwa kubera intambara iri hagati ya Iran, Amerika na Israel. Minisitiri wa Siporo wa Iran, Ahmad Donyamali, yatangaje kuri televiziyo ya Leta ko igihugu cye kidashobora kohereza ikipe mu gikombe cy’isi kizabera muri […]

Kenya: Umushinwa yafatanwe magendu y’ibimonyo bisaga 2200

2025 04 15T155024Z 1210592738 RC25YDAV6KUL RTRMADP 3 KENYA ANTS

Muri iki cyumweru, umugabo yatawe muri yombi afite ibimonyo birenga 2200 bizima mu mizigo ye ku kibuga cy’indege gikuru cya Nairobi mu gihe hagenda hagaragara ubwiyongere bwa magendu y’utu dukoko muri Kenya. Ku wa Kabiri, umwenegihugu w’u Bushinwa, Zhang Kequn, yafatiwe ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Jomo Kenyatta ubwo yageragezaga kuva mu gihugu, nk’uko ikirego […]

Umuyobozi w’Ingabo za Jamaica yaganiriye n’Ingabo za RDF zoherejwe gufasha

HDQ40dXW0AADvP

Uyu munsi, Col Déo Mutabazi, Umujyanama mu bya Gisirikare n’Umutekano mu Muryango w’Abibumbye akaba ari nawe Uhagarariye inyungu za Gisirikare z’ u Rwanda muri Jamaica, ari kumwe n’Umuyobozi w’Ingabo z’ u Rwanda zagiye Jamaica gufasha mu bwubatsi, Col Moses Kayigamba, bagiranye ikiganiro n’ Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, ku cyicaro […]

Umusirikare wa mbere w’u Bufaransa yishwe na Iran

macron 20170703

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa yemeje ko umusirikare w’u Bufaransa yiciwe mu gitero cya ‘drone’ cyagabwe ka Erbil muri Iraq, na ho abandi benshi barakomereka. Aya makuru yemejwe na Perezida Emmanuel Macron, mu butumwa yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze. Macron yavuze ko Adjudant-chef Arnaud Frion ari we musirikare wa u Bufaransa butakaje kuva intambara hagati […]

Igisirikare cya Amerika cyibwe Drone 4

photo resize 2026 03 10t164629812 1536x864 1

Ikigo cya gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Fort Campbell, cyatangaje ko hari abantu bataramenyekana bibye drones enye za gisirikare, maze gisaba ubufasha bw’abaturage kugira ngo bafashe mu kubafata. Nk’uko byatangajwe n’igisirikare cya United States Army, Ishami rishinzwe iperereza mu gisirikare rizwi nka United States Army Criminal Investigation Division ryatangaje ko uzatanga amakuru azatuma […]

Abarundi 74 bari mu buhungiro mu Rwanda batashye ku bushake

HDNk7vMXoAAVKV8

Kuri uyu wa Kane, itariki 12 Werurwe 2026, ku bufatanye n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Impunzi mu Rwanda , Impunzi 74 z’Abarundi zafashijwe gutahuka ku bushake zinyuze ku mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera. Kuva mu 2020, impunzi z’Abarundi zirenga 30.000 zasubiye mu gihugu cyazo, mu gihe u Rwanda rukomeje gucumbikira abandi barenga 50.000 bahunze […]

AU yamaganye igitero cya FARDC i Goma

G4CxB gXQAAPfOq 1000x600 1

Kuri uyu wa Kane, Umuryango wa Afurika Yunze ubumwe (AU) wamaganye igitero cy’indege zitagira abapilote cyahitanye abasivili i Goma mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, usaba impande zigira uruhare mu ntambara ikomeje kubera muri ako karere kwifata kandi usaba ko habaho iperereza ritabogamye kuri iki kibazo. Mu itangazo rye, Mahmoud Ali Youssouf, Perezida […]

Stephen Constantine yongeye kugirwa umutoza mukuru w’Amavubi

1773313189545

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA ryatangaje ko Stephen Constantine yagizwe umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi. Uyu mutoza w’Umwongereza w’imyaka 63 si mushya kuri iyi kipe, kuko yayitoje hagati ya 2014 na 2015 mbere yo kongera kuyigarukaho kuri ubu. FERWAFA ivuga ko ashyizwe kuri uyu mwanya mu rwego rwo gukomeza kubaka no kuzamura […]

Inkunga EU yateraga Ingabo z’u Rwanda muri Mozambique yaba igiye guhagarara

52734

Amakuru ataremezwa n’urwego na rumwe bireba yatangajwe n’Ikinyamakuru Bloomberg kuri uyu wa Kane, itariki 12 Werurwe, aravuga ko inkunga y’amafaranga Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi watangaga mu kurwanya inyeshyamba zifitanye isano na Leta ya Kisilamu muri Mozambique, izahagarara muri Gicurasi kandi nta gahunda yo kongera igihe nk’uko abantu begereye iyi dosiye babitangaje. Uyu muryango mu […]

Umuvugizi wa Guverinoma yagaragaje ko igitero cy’i Goma gishimangira impungenge z’u Rwanda

G8opQAyk

Mu gihe hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kugarukwa ku gitero cya drones cyagabwe i Goma mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 11 Werurwe, cyanahitanye Umufaransakazi wakoreraga Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF), Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda we aravuga ko kigaragaza ikibazo cy’umutekano kikiri hafi y’umupaka w’u Rwanda. Abinyujije […]

Iran yibasiye Israel mu bitero bishya ikomeza no gufunga umuhora wa Hormuz

69b2155b70466

Kuri uyu wa Kane, Iran yagabye ibitero bishya bya drone na misile mu gihe intambara yegereje ibyumweru bibiri. Muri Israel, humvikanye impanda ziteguza ibitero byo mu kirere mu gihe abayobozi baburiye abaturage ko hari ibisasu biri guturuka muri Iran, ari na ko ibihugu byo mu kigobe byiteguye kugabwaho ibindi bitero. Ku munsi wa 13 w’intambara […]

FBI yaburiye Amerika ko Iran ishobora kurasa ku butaka bwayo

AP19265237770500

Urwego Rushinzwe Iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FBI), rwatanze umuburo w’uko Iran ishobora kugaba igitero gitunguranye muri leta ya California. Abashinzwe iperereza mu nzego z’umutekano za Amerika na California babwiye CBS ko nta gihamya cyangwa amakuru yihariye agaragaza ko icyo igitero cyegereje. Icyakora bavuga ko hari inyandiko ishingiye ku makuru yatanzwe mbere y’uko […]

Senegal: Hatowe itegeko rikaza ibihano ku baryamana bahuje ibitsina

keya lgbt 1140x855 1

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 11 Werurwe, abadepite bo muri Senegal bemeje itegeko rikaza ibihano ku baryamana bahuje ibitsina benshi bazi nk’”abatinganyi”. Ivugurura ry’ingingo ya 19 y’igitabo cy’amategeko ahana riteganya gukuba kabiri ibihano by’igifungo ku bantu bafatiwe mu bikorwa byo kuryamana bahuje ibitsina. Mu gihe muri Senegal hagenda hafatwa abantu bashinjwa kuryamana bahuje igitsina, […]

Perezida Kagame yakurikiranye umukino PSG yatsinzemo Chelsea

HDLupb1bQAEPmM1

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, umukunzi ukomeye w’Umupira w’amaguru, yitabiriye umukino wa UEFA champions Ligue wahuje ikipe ya PSG na Chelsea kuri uyu wa Gatatu ushize. Muri uyu mukino ikipe ya PSG yatsinzemo Chelsea 5-2, yatsinze ibitego byinshi bitinze kugirango yizigamire mbere y’umukino wa kabiri mu gushaka itike ya kimwe cya kane cy’irangiza. Ikipe ya […]

Jenerali wa Amerika yaburiwe irengero

130409 f jz004

Inzego z’umutekano muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ziri gushakisha Maj. Gen (Rtd) William Neil McCasland wahoze mu ngabo zirwanira mu kirere za Amerika, nyuma yo kuburirwa irengero ari mu mujyi wa Albuquerque muri Leta ya New Mexico. CNN yatangaje ko uriya Jenerali w’imyaka 68 yaburiwe irengero ku wa 27 Gashyantare 2026, nyuma yo kuva […]

Amerika yamaganye igitero cya drone cyagabwe i Goma

20260311 080757

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaganye igitero cya drone ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagabye mu mujyi wa Goma, zivuga ko kugaba ibitero ahantu hatuwe n’abaturage bitemewe. Mu rucyerera rwo ku wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe ni bwo i Goma hagabwe igitero cya drone. Umutwe wa AFC/M23 ugenzura uriya mujyi […]

Mocímboa da Praia: Umugaba w’ingabo za Mozambique yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda

Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka za Mozambique, Maj Gen André Rafael Mahunguane, uyu munsi yasuye icyicaro gikuru cy’Inzego z’Umutekano z’ u Rwanda i Mocímboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado. Yakiriwe n’Umuyobozi w’Inzego z’Umutekano z’U Rwanda, Brig Gen CM Mujuni, ari kumwe n’Umuyobozi w’Ishami rya Polisi ndetse n’Umugaba wa Brigade ya Task Force Group-7. […]

Nangaa yahishuye abo igitero cya drone cyagabwe i Goma cyari kigambiriye

20260311 184110 2

Umuhuzabikorwa w’ihuriro Alliance Fleuve Congo, Corneille Nangaa, yatangaje ko igitero cya drone cyagabwe mu mujyi wa Goma cyari kigambiriye abayobozi bakuru bo ku rwego rwa Politiki n’abagisirikare ba AFC/M23, barimo na we ubwe. Nangaa yemeje ayo makuru mu kiganiro yahaye itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu, nyuma y’amasaha make igitero kibaye. Yavuze ko mu bo kiriya […]

Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva yatangije inama ya IFF 2026

IMG 20260311 WA0013

Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe yatangije ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga yiga ku Ikoranabuhanga ridaheza mu rwego rw’Imari izwi nka IFF 2026. Iyi nama iri kubera muri Kigali Convention Centre yitabiriwe n’abasaga 3000 barimo abayobozi mu nzego zitandukanye, abashoramari na ba rwiyemezamirimo mu rwego rw’imari muri Afurika. Iyi […]

Burundi: Gen. Bunyoni wari warakatiwe igihano kiruta ibindi yarekuwe

gen. alain guillaume bunyoni ahabwa amahirwe yo gusimbura nkurunziza 8ba0e

Gen. Alain Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, yafunguwe nyuma y’imyaka itatu yari amaze afunzwe. Amakuru y’ifungurwa rye yemejwe n’umwe mu bantu ba hafi ye. Umwe mu bayobozi bakuru b’ishami ry’iperereza mu Burundi na we yemereye BBC ko uriya mugabo yafunguranwe n’abandi bantu babarirwa mu 10 kubera impamvu z’uburwayi. Icyakora andi makuru avuga […]

U Bubiligi bwamaganye igitero cy’i Goma cyahitanye Umufaransakazi

GudFtuKWgAAJgAp

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot, yamaganye igitero cy’indege zitagira abapilote cyagabwe i Goma mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu cyahitanye ubuzima bw’umukozi w’Umuryango w’Abibumbye n’abasivili benshi. Mu butumwa bwe yanyujije kuri X, Minisitiri Prevot yagize ati: Kubw’ibyago, ntabwo ari ikintu cyihariye, turabona ubwiyongere bw’ibitero nk’ibi, birenga ku ihagarikwa ry’imirwano, byakozwe n’impande zose […]

Icyo Macron avuga ku Mufaransakazi wiciwe mu gitero cya FARDC i Goma

rss efea7cd387ee3ceb5caedb4f2910fb8266598c8d4c8w

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset, umukozi w’ubutabazi w’Umufaransakazi wakoreraga UNICEF wapfiriye mu gitero cya drone cyagabwe mu mujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Buisset yaguye mu gitero Leta ya RDC yagabye mu mujyi wa Goma, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe […]

Gisagara: Umugabo n’umugore we batawe muri yombi bakurikiranweho kwica abantu 3

rib 12 40b2f

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Ndayisaba Félicien n’umugore we, Imanishimwe Rebecca batuye mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara, bakurikiranyweho kwica abantu batatu. Ndayisaba n’umugore we batawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe 2026, bakaba bakurikiranweho ibyaha birimo ubwicanyi, gushyinyagurira no guhisha imibiri y’abantu batandukanye nyuma yo kubica. Aba bombi bafashwe […]

Uganda: Leta yerekanye ibihugu abaturage babyo bemerewe kwinjira nta viza

ratox 1g 1 1 02262

Guverinoma ya Uganda kuri uyu wa Gatatu yashyize ahagaragara urutonde rw’ibihugu birimo n’u Rwanda abaturage babyo bemerewe kwinjira muri Uganda bitabasabye kubanza gushaka visa. Ku ikubitiro, uru rutonde rugaragaraho ibihugu hafi ya byose byo mu karere bigize Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC): U Rwanda, u Burundi, Kenya, Tanzania, DRC, Sudani y’Epfo, usibye Somalia. Urutonde […]

Kabila na Gen. Makenga mu bo igitero cya drone cy’i Goma cyari kigambiriye 

Amakuru atandukanye akomeje guturuka mu mujyi wa Goma aremeza ko igitero cya drone ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagabye mu mujyi wa Goma, cyari kigambiriye abarimo Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa kiriya gihugu. Mu ma saa kumi n’igice y’igitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe, ni […]