• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
    Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
    Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
    Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe
    Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
    FERWAFA yamaganye amagambo umutoza w’Amavubi y’abagore yatangaje ku bakinnyi ba Ghana
    CAF yakubise Rayon Sports ahababaza
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Intambara ya 3 y'Isi yose, Papa mushya uzateza ibibazo, ihungabana ry'ubukungu - Ubuhanuzi bwa 2023

ibyegeranyo

Intambara ya 3 y’Isi yose, Papa mushya uzateza ibibazo, ihungabana ry’ubukungu - Ubuhanuzi bwa 2023

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Yanditswe kuwa 03/04/2023 07:33

Mu myaka hafi 500 ishize, Michel de Nostradame uzwi ku izina rya Nostradamus, yasohoye igitabo cye kizwi cyane cyitwa Les Prophéties, gikubiyemo ubuhanuzi 942 bigaragara ko buhanura ejo hazaza. Igitabo cyahanuye ibintu biteye ubwoba ku Ntambara ya Kabiri y’Isi Yose, kuzamuka kwa Hitler ku butegetsi, na Revolution y’Abafaransa, kandi ibyinshi mu byo yahanuye byabaye impamo 70% kugeza ubu nk’uko tubikesha wionews .

Umuhanga mu kuragurisha inyenyeri w’Umufaransa avugwaho ko yahanuye iyicwa rya John F. Kennedy ndetse n’ibitero by’iterabwoba byo ku ya 9/11 byibasiye World Trad Center i New York. Nostradamus kandi avugwaho guhanura icyorezo cya coronavirus.

Intambara ikomeye

Kimwe mu byahanuwe bwa mbere bizaba mu 2023 kigaragara ni "intambara ikomeye." Nk’uko Nostradamus abivuga, "Amezi arindwi mu Ntambara Ikomeye, abantu bapfuye bazize ikibi. Rouen, Evreux ntibizagwa imbere y’umwami."

Ibi byahanuwe mu gihe amakimbirane akomeje kuba hagati y’u Burusiya na Ukraine ashobora kuvamo Intambara ya Gatatu y’Isi Yose. Mu buhanuzi buteye ubwoba, umujyi wa Rouen wo mu Bufaransa bigaragara ko uzarokoka.

Ubushyuhe bukabije ku Isi

Mu 2023, Nostradamus yahanuye ko ubushyuhe buzagenda bwiyongera kandi inyanja ikazamuka ku buryo butunguranye.

Yaranditse ati: "Nk’izuba, umutwe uzatwika inyanja irabagirana: Amafi mazima yo mu nyanja Yirabura yose ariko azashya. Igihe Rhodes na Genoa bazicwa n’inzara igice, abaturage baho mu kubatema bazakora cyane."

Imyivumbagatanyo y’abaturage

Hamwe n’ibibazo byo kwiyongera gukabije kw’igiciro cy’imibereho n’ubushyuhe bukabije ku Isi bugenda bwiyongera, imvururu z’abaturage zishobora kugera ku rwego rwo hejuru mu 2023. Nostradamus yahanuye ati: "Bitinde bitebuke uzabona impinduka nini zikorwa, amahano ateye ubwoba no kwihorera."

Yanditse kandi ati: "Impanda ihinda umushyitsi mwinshi. Amasezerano yarenzweho: kwerekeza amaso mu ijuru: umunwa w’amaraso uzogana n’amaraso; mu maso hasizwe amavuta n’ubuki haryamye hasi."

Ubu buhanuzi bwerekana ko kwigomeka ku bakire bishobora kubaho mu gihe abantu bazaba baahanganye n’ubukungu bwifashe nabi.

Papa mushya

Ubuhanuzi bwa Nostradamus ku bizaranga umwaka wa 2023 kandi bukomoza ku kuza kwa Papa mushya uzasimbura Francis. Yahanuye ko Papa Fransisiko azaba Papa wa nyuma w’ukuri kandi ko Papa utaha azatera ibibazo.

Uyu Mufaransa yaranditse ati: "Mu itotezwa rya nyuma ry’Itorero ryera ry’Abaroma, hazaba Petero w’Umuroma, uzagaburira umukumbi we mu gihe cy’amakuba menshi, nyuma yaho umujyi w’udusozi turindwi (Vatican)uzarimburwa kandi Umucamanza uteye ubwoba azacira abantu imanza . "

Umuriro uzava mu ijuru

Nostradamus yahanuye kandi "umuriro uzava mu ijuru ku nyubako ya cyami." Ibi bikekwa ko bivuze ko gahunda nshya y’isi (New World Order)izazamuka iva mu ivu rya civilisation. Abayoboke ba Nostradamus bemeza ko ibyo bishobora kuvuga "iherezo ry’ibihe" cyangwa itangiriro rya gahunda nshya y’Isi.

Kugera kuri Mars

Nostradamus yavuze"urumuri kuri Mars izaba igwa" mu gitabo cye cy’ubuhanuzi. Ibi ngo bishobora gusobanura umubumbe ugenda usubira inyuma mu ijuru kubera icyo bita retrograde motion. Ku rundi ruhande,ngo bishobora kuganisha ku mbaraga z’ikiremwamuntu zo gutura kuri uyu mubumbe wa Mars.

Elon Musk, washinze SpaceX akaba na nyiri urubuga rwa Twitter, kuva kera yahanuye ko abantu bazagera kuri Mars bitarenze 2029.

Ibibazo by’ubukungu

Nyuma y’icyorezo cya Covid-19 n’intambara iriho ubu muri Ukraine, Isi ifite ikibazo cy’ubukungu, aho ibihugu byinshi kuri ubu biri mu mazi abira.

Mu gitabo cye, uyu muhanuzi w’Umufaransa, Nostradamus, yahanuye ko "Igiciro cy’ingano kizazamuka cyane, ku buryo bizagera aho umuntu azarya mugenzi we". Ubuhanuzi bwerekana ko ihungabana ry’ubukungu rishobora gutera kwiheba no kutumvikana bitewe n’izamuka ry’igiciro cy’imbereho.

Izindi Nkuru Bijyanye


Ibigwi by'abajenerali 12 bashyizwe mu kiruhuko
Ibigwi by’abajenerali 12 bashyizwe mu kiruhuko
Abantu 10 ba mbere bagize uruhare mu guhindura amateka y�Isi mu kinyejana cya 20
Ibihugu bifite amategeko yemerera abahuje igitsina gushyingiranwa n'igihe yatorewe
Ibihugu bifite amategeko yemerera abahuje igitsina gushyingiranwa n’igihe yatorewe

Izindi wasoma

Ibigwi by’abajenerali 12 bashyizwe mu kiruhuko

Ibihugu bya Sudani n’u Burundi imbere ku rutonde rw’ibimaze kubamo coup d’etat nyinshi

Imitwe ya Special Forces 15 ya mbere iteye ubwoba ku Isi mu 2023

Urutonde rwa Coup d’etat ziheruka gukorwa muri Afurika y’iburengerazuba no hagati

Ibihugu 50 bya mbere binini kurusha ibindi ku Isi n’ubuso bwabyo

Denis Nsengiyumva
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Bebe Cool na Jose Chameleone biyemeje guhangana inkundura
Bebe Cool na Jose Chameleone biyemeje guhangana inkundura

Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’

Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS

Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya

Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n'imwe mu masaha yagenwe
Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Bebe Cool na Jose Chameleone biyemeje guhangana inkundura
26/09/23 12:09
Bebe Cool na Jose Chameleone biyemeje guhangana inkundura
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi'
26/09/23 10:04
Umunyamahanga wasambanyije umunyeshuri ni we wakoze ku bo Col Higiro yise ‘inzererezi’
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
26/09/23 10:00
Nyiragongo: Umutwe mushya wiyemeje guhangana na M23 warwanye iya mbere na APCLS
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w'u Burusiya
26/09/23 10:00
Ukraine irigamba kwica Admiral Viktor Sokolov w’u Burusiya
Amakuru

Imodoka zidatwara abagenzi rusange zigiye gukumirwa mu mihanda imwe n’imwe mu masaha yagenwe

Umujyi wa Kigali utangaza ko mu minsi iri imbere imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
ubutabera

Senateri Menendez yasobanuye iby’amafaranga FBI yafatiye mu rugo rwe

Perezida wa komisiyo ya sena ya Leta zunze ubumwe za Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Mali: Abahiritse ubutegetsi basubitse amatora yari kuzasubiza ubutegetsi abasivili

Inteko ya gisirikare iyoboye igihugu muri Mali kuri uyu wa Mbere yavuze ko amatora ya perezida (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Icyo NESA itangaza ku mashuri asaga 50 bivugwa ko yahagaritswe

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini bya leta n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA) cyahakanye (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.