Igikombe cy’Isi: Maroc yageze muri 1/4 cy’irangiza isezereye Espagne
Ikipe y’Igihugu ya Maroc ‘Les Lions de l’Atlas’, yanditse amateka yo kuba igihugu cya Kane cya Afurika gishoboye kugera muri ¼ cy’irangiza cy’Igikombe cy’Isi; nyuma yo gusezerera La Furia Roja ya Espagne kuri Penaliti 3-0. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa ? cy’irangiza wabaye kuri uyu wa Kabiri. Ni umukino Espagne yihariye mu bijyanye […]
M23, FARDC n’abarimo FDLR mu mirwano ikomeye
Umutwe wa M23 kuri uyu wa Kabiri waramukiye mu mirwano ikomeye n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ndetse n’imitwe y’inyeshyamba bari gufatanya ku rugamba. M23 ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri yatangaje ko imirwano yarimo ijya mbere hagati yayo n’ihurira ry’Ingabo za Leta ndetse n’imitwe bakorana. Ni imitwe irimo FDLR, APLCS, Nyatura […]
Abasifuzi 3 b’Abanyarwanda muri 61 bazasifura CHAN 2022
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF), yamaze gutangaza abasifuzi 61 bazasifura Imikino y’Igikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu bihugu byabo (CHAN 2022) barimo Abanyarwanda babiri. CHAN 2022 biteganyijwe ko igomba kubera muri Algeria hagati y’itariki ya 08 n’iya 31 Mutarama 2023. Abasifuzi 61 barimo 24 bo hagati mu kibuga, 25 bo ku ruhande, […]
Ukutavuga rumwe hagati y’u Rwanda na USA ku miterere y’ibibazo bya RDC
Leta y’u Rwanda iravuga ko hakiri ukutumva ibintu kimwe hagati yayo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika; ku bijyanye n’imiterere y’ibibazo biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Mbere tariki ya 05 Ukuboza ni bwo Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Anthony Blinken yagiranye ikiganiro cyo kuri Terefoni na […]
Gen. Muhoozi na Col. Besigye bifatanyije, bibasira NRM ya Museveni
Umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yifatanyije n’umunyapolitiki Col. Dr. Kiiza Besigye mu kunenga imikorere y’ishyaka NRM riri ku butegetsi muri Uganda. Ni nyuma y’igihe aba bombi batajya imbizi, bijyanye no kuba Col. Besigye amaze igihe kirekire yariyemeje kurwanya ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni. Gen. Muhoozi usanzwe ari Umujyanama Mukuru wa Perezida […]
Olivier Giroud yanditse amateka akomeye
Rutahizamu Olivier Giroud yanditse amateka yo kuba umukinnyi umaze gutsindira Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa ‘Les Bleus’ ibitego byinshi mu mateka yayo. Uyu mugabo usanzwe akinira Milan AC yo mu Butaliyani, yabigezeho mu ijoro ryakeye ubwo yafashaga u Bufaransa gutsinda Pologne ibitego 3-1; mu mukino wa ? cy’Igikombe cy’Isi. Olivier Giroud yafunguriye amazamu u Bufaransa ku […]
Igisubizo cya Tshisekedi kuri P. Kagame wemeye kumwibira akabanga ku bijyanye n’intambara
Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa, yasubije mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda uheruka kumubwira ko niba yifuza kumenya ibijyanye n’ububi bw’intambara yigambye ko ishobora kubaho hagati y’u Rwanda na RDC, yamugana akamwibira akabanga. Mu ntangiriro z’Ugushyingo uyu mwaka ni bwo Tshisekedi yatangaje ko intambara hagati ya RDC n’u Rwanda ishobora kuba amahitamo ya […]
Abanyarwanda bakeneye ubufasha bwacu kugira ngo bibohore Kagame n’ubutegetsi bwe_Tshisekedi
Perezida Félix Tshisekedi wa RDC yaraye yibasiye mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda, agaragaza ubutegetsi akuriye ko ari bwo mwanzi gica w’abanye-Congo aho kuba Abanyarwanda. Tshisekedi yibasiye Perezida Kagame ku Cyumweru tariki ya 04 Ukuboza 2022; ubwo yahuraga n’itsinda ry’intumwa z’urubyiruko rwo muri Congo Kinshasa. Ni umuhuro wabaye mu gihe Perezida wa Congo n’ubutegetsi bwe […]
AS Kigali yaturutse inyuma inyagira Kiyovu Sports, yambura Rayon Sports umwanya wa mbere
Ikipe ya AS Kigali yafashe by’agateganyo umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona y’u Rwanda, nyuma yo kunyagira Kiyovu Sports ibitego 4-2. Aya makipe yombi y’abanya-Kigali yari yahuriye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona y’u Rwanda. Ni umukino AS Kigali yatsinze iturutse inyuma, dore ko Kiyovu Sports yari […]
U Bufaransa bwitiriye M23 ubwicanyi bukomeye bw’i Kishishe
Leta y’u Bufaransa yitiriye inyeshyamba z’umutwe wa M23 ubwicanyi bw’i Kishishe ho muri Teritwari ya Rutshuru buheruka kugwamo abaturage batari bake ba Congo Kinshasa. Igisirikare cya Congo Kinshasa giheruka gusohora itangazo rivuga ko ubu bwicanyi bwo ku wa 29 Ugushyingo bwaguyemo abantu babarirwa muri 50, kibwegeka ku barimo Ingabo z’u Rwanda na M23. Iby’iyi mibare […]
Ibyago bikomeye ku bakunda kumara igihe kirekire mu buriri
Abahanga bavuga ko kuryama ugasinzira uko bikwiye bifasha ubwonko gukora neza, umubiri ukagira imbaraga zituma ugera ku byo ushaka gukora; ikindi bigafasha kwirinda zimwe mu ndwara zikomeye nk’umubyibuho ukabije, diyabete, indwara z’umutima n’imfu zitunguranye. Kuryama neza cyakora cyo ntibivuze kuryama amasaha yose cyangwa ay’umurengera, bijyanye n’uko na byo bishobora kugira ingaruka mbi ku mubiri. Ikigo […]
Perezida Tshisekedi yategetse ko RDC ishyirwa mu cyunamo
Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashyize iki gihugu mu cyunamo nyuma y’ubwicanyi bw’i Kishishe bwaguyemo abatari bake. Iki cyunamo cyaraye cyemejwe n’inama y’Abaminisitiri Congo Kinshasa igomba kukimaramo iminsi itatu. Ku wa 29 Ugushyingo 2022 ni bwo mu gace ka Kishishe ko muri Teritwari ya Rutshuru habereye ubwicanyi bivugwa ko […]
Kurwanya u Rwanda bisobanuye kurwanya Uganda_Gen. Muhoozi

Umujyanama wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko afitiye impuhwe abafitiye urwango Perezida Paul Kagame; ashimangira ko kurwanya u Rwanda ayoboye binasobanuye kurwanya Uganda. Ni mu butumwa uyu mujenerali w’inyenyeri enye yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter. Yagize ati: “Ndi Jenerali w’inyenyeri enye. Ibintu bike ku Isi ni byo ntigeze […]
Ishimwe rya Prince Kid wamaze gufungurwa kuri Perezida Kagame
Ishimwe Dieudonné wamenyekanye mu gutegura amarushanwa ya Miss Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku bwo gutuma ahabwa ubutabera akagirwa umwere ku byaha yari akurikiranyweho. Kuri uyu wa Gatanu Tariki ya 02 Ukuboza ni bwo Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagize umwere Ishimwe Dieudonné runategeka ko ahita arekurwa, nyuma y’amezi arenga arindwi afunzwe. Uyu musore ukuriye Company […]
Igikombe cy’Isi: Caméroun yandikiye kuri Brésil amateka atarakorwa n’ikindi gihugu cya Afurika
Ikipe y’Igihugu ya Caméroun ‘Les Lions Indomptables’, yaraye ikoze amateka yo kuba igihugu cya mbere cyo ku mugabane wa Afurika gishoboye gutsinda Brésil mu mikino y’Igikombe cy’Isi. Iyi kipe y’umutoza Rigobert Song yabigezeho nyuma yo gutsinda La Seleção igitego 1-0, mu mukino usoza itsinda G wabaye mu ijoro ryakeye. Ni igitego cy’amateka cyinjiye ku munota […]
Ukwitana ba mwana hagati ya FARDC na M23 ku waba wateye undi
Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zikomeje kwitana ba mwana n’umutwe wa M23 bakomeje kwitana ba mwana ku waba warashoje imirwano yasakiranyije impande zombi ku wa Kane tariki ya 01 Ukuboza 2022. Umuvugizi wa FARDC, Gén. Major Syilivain Ekenge, yashinje M23 n’abo yise Ingabo z’u Rwanda kugaba igitero ku birindiro bya FARDC. Itangazo […]
Minisitiri Muyaya yibasiye Perezida Paul Kagame
Minisitiri w’Itumanaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akanaba Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya, yibasiye Perezida Paul Kagame amuhora gutangaza ko Perezida Tshisekedi akomeje kwitwaza u Rwanda nk’impamvu yo gushaka uko yasubika amatora ateganyijwe mu mwaka utaha. Umukuru w’Igihugu yavuze ku bibazo bya Congo ku Gatatu tariki ya 30 Ugushyingo, ubwo yakiraga indahiro za Dr […]
Icyo M23 ivuga ku bwicanyi bivugwa ko bwakorewe i Kishishe FARDC yegetse kuri RDF
Umutwe wahakanye ubwicanyi washinjwe gukora n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uvuga ko ari ibihuha byahimbwe na Leta ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro ya FDLR, Mai-Mai na Nyatura bamaze igihe bakorana. Ku wa Kane tariki ya 01 Ukuboza ni bwo Igisirikare cya Congo cyasohoye itangazo rishinja Ingabo z’u Rwanda kwifatanya n’inyeshyamba z’umutwe wa M23 […]
RDC yahagaritse ikitaraganya ibiganiro bya Nairobi nyuma yo kwikanga ko ‘byinjiriwe n’u Rwanda’
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahagaritse ikitaraganya ibiganiro yagiranaga n’imitwe yitwaje intwaro iyirwanya, nyuma yo kwikanga ko u Rwanda rwaba rubikurikirana mu ibanga. Ni ibiganiro byari bigeze ku cyiciro cyabyo cya gatatu, bikaba byaberaga i Nairobi muri Kenya. Icyemezo cyo kubihagarika ikitaraganya Leta ya Congo yagifashe kuri uyu wa Kane, nyuma yo gutahura […]
U Budage bwanyagiye Costa Rica, busezererwa mu Gikombe cy’Isi butarenze umutaru
Ikipe y’Igihugu y’u Budage yasezerewe mu mikino y’Igikombe cy’Isi gikomeje kubera muri Qatar, nyuma yo gutsinda Costa Rica ibitego 4-2 bitagize icyo biyimarira. Ni ku nshuro ya kabiri yikurikiranya u Budage busezererwa mu Gikombe cy’Isi butarenze umutaru, dore ko n’icyo muri 2018 na bwo bwasezerewe butarenze itsinda. Iyi kipe ifite Igikombe cy’Isi cya 2014 yasabwaga […]
FARDC yashinje RDF kongera kuyigabaho igitero, no kwica abaturage barenga 50
Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), kiravuga ko kuri uyu wa Kane Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’inyeshyamba z’umutwe wa M23 zongeye kugaba ibitero ku birindiro by’Ingabo zacyo. FARDC yashyize ibi birego kuri RDF binyuze mu muvugizi wayo, Général Major Syilivain Ekenge; mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kane Tariki ya 01 Ukuboza. Iri […]
Igikombe cy’Isi: Maroc yageze muri kimwe cya 8, u Bubiligi busezererwa butarenze umutaru
Ikipe y’Igihugu ya Maroc ‘Les Lions de la Téranga’, yakatishije itike ya ? cy’irangiza mu gikombe cy’Isi gikomeje kubera muri Qatar, nyuma yo gutsinda Canada ibitego 2-1. Hari mu mukino usoza itsinda F amakipe yombi yari yahuriyemo kuri uyu wa Kane, ukaba waberaga rimwe n’undi Croatie yahuriragamo n’u Bubiligi. Ibitego byo mu gice cya mbere […]
Luis Suarez ntakozwa ibyo gusaba imbabazi abanya-Ghana
Umunya-Uruguay Luis Suarez yatangaje ko nta mpamvu abona yatuma asaba imbabazi abanya-Ghana, nyuma yo kubashengura imitima muri 2010 ubwo yagiraga uruhare mu gutuma basezererwa mu Gikombe cy’Isi cyo muri Afurika y’Epfo. Ku itariki ya 02 Nyakanga muri 2010 ni bwo Black Stars ya Ghana yahuye na Uruguay ya Suarez, mu mukino wa ? cy’irangiza cy’Igikombe […]
Ibyo M23 imaze icyumweru ihagaritse imirwano na FARDC yaba ihugiyemo
Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize umutwe wa M23 watangaje ko uhagaritse imirwano n’Ingabo za Congo Kinshasa (FARDC), nyuma y’ibyumweru byinshi by’imirwano yari imaze igihe isakiranya impande zombi. M23 yahagaritse imirwano nyuma yo kubisabwa n’inama y’abakuru b’ibihugu barimo João Lourenço wa Angola, Evariste Ndayishimiye w’u Burundi na Félix Antoine Tshisekedi wa RDC. Ni inama kandi yanitabiriwe […]
Umukobwa uri mu mashusho y’imwe mu ndirimbo za Safi Madiba yapfuye

Umukobwa ukomoka mu gihugu cya Somalia umuhanzi Niyibikora Safi yifashishije mu mashusho y’indirimbo ye ‘I Love you’, yitabye Imana azize impanuka. Umuhanzi Safi yemeje inkuru y’urupfu rw’uyu mukobwa mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Ati: “Ruhukira mu mahoro malayika muto, wari urumuri imbere ya Camera no hanze yayo. Twakoranye amateka mu ndirimbo ’I Love […]
I Goma baramutse bigaragambiriza ingabo ziganjemo iza Uganda na Kenya
Amagana y’urubyiruko rw’abanye-Congo baramukiye mu myigaragambyo kuri uyu wa Kane, bamagana Ingabo z’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ziri koherezwa mu gihugu cyabo. Ni imyigaragambyo uru rubyiruko rwakoreye mu mujyi wa Goma usanzwe ari umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Aha i Goma hashize ukwezi hari Ingabo za Kenya zoherejwe kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika […]
Perezida Kagame yavuze impamvu ibihugu bikomeye bikomeje kwifatanya na RDC mu birego byayo ku Rwanda
Perezida Paul Kagame yasobanuye ko kuba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hari byinshi iha ibihugu bikomeye biruta iby’u Rwanda, ari byo bituma ibyo bihugu byifatanya na yo mu gushyigikira ibirego ishyira ku Rwanda. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 30 Ugushyingo, ubwo yakiraga indahiro za Dr Sabin Nsanzimana wagizwe Minisitiri w’Ubuzima na […]
Nyuma y’umukino Tunisie yatsinzemo u Bufaransa, Mukansanga yahawe gusifura umukino wa 3
Umunyarwandakazi Mukansanga Rhadia Salima yashyizwe mu basifuzi bane bazasifura umukino w’Igikombe cy’Isi Espagne igomba guhuriramo n’u Buyapani. Ni umukino usoza itsinda E uteganyijwe kuri uyu wa Kane tariki ya 01 Ukuboza, ukazaba ari uwa gatatu Mukansanga asifuye muri ririya rushanwa rikomeje kubera muri Qatar. Ni nyuma yo gusifura uwo u Bufaransa bwanyagiyemo Australie ibitego 4-1, […]
Ntabwo turi abajura_Perezida Kagame asubiza RDC ishinja u Rwanda kuyibira amabuye y’agaciro
Perezida Paul Kagame yasubije Congo Kinshasa imaze igihe ishinja u Rwanda kuyibira amabuye y’agaciro, agaragaza ko ubushobozi u Rwanda rufite rubukoresha byinshi mu gusaranganya, ariko ko rudashobora kwiba. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 30 Ugushyingo, ubwo yakiraga indahiro za Dr Sabin Nsanzimana wagizwe Minisitiri w’Ubuzima na Dr Yvan Butera wagizwe Umunyamabanga […]
Maj. Willy Ngoma avuga ko RDF na UPDF binjiye mu ntambara na FARDC mu minsi 3 baba bari Kisangani
Umuvugizi wo ku rwego rwa gisirikare w’umutwe wa M23, Major Willy Ngoma, yongeye kunyomoza amakuru y’uko hari ubufasha uyu mutwe waba uhabwa n’Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyangwa UPDF cya Uganda. Ni mu kiganiro Major Willy Ngoma aheruka kugirana n’ikinyamakuru ACTUALITÉ cyo muri Congo Kinshasa. Iki kitangazamakuru giheruka kwandika inkuru igaragaza ibimenyetso kivuga ko gifite by’uko […]
Rayon Sports yasabye FERWAFA ko abasifuzi 3 mpuzamahanga batazongera kuyisifurira
Ikipe ya Rayon Sports yandikiye Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) isaba ko ritazongera kwemerera abasifuzi batatu mpuzamahanga yikomye kuyisifurira imikino yakinnye. Abasifuzi iyi kipe yikomye ni Twagirumukiza Abdul Karim usifura hagati mu kibuga cyo kimwe na Karangwa Justin na Mugabo Eric bombi basifura ku ruhande. Mu ibaruwa Rayon Sports yandikiye FERWAFA, yayigaragarije ibyemezo bitavugwaho […]
Miss Kayibanda Aurore mu rukundo rushya nyuma yo gutandukana n’uwari umukunzi we
Kayibanda Mutesi Aurore wabaye Nyampinga w’u Rwanda muri 2012, yatangaje ko afite umukunzi mushya nyuma yo gutandukana na Mbabazi Egide bari barasezeranye kubana nk’umugabo n’umugore. Uyu mukobwa kuri ubu uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yemeje aya makuru mu kiganiro yagiranye n’abamukurikira ku rubuga rwe rwa Instagram. Muri iki kiganiro umwe mu bamukurikira yamubajije […]
Igikombe cy’Isi: Sénégal yageze muri kimwe cya 8 cy’irangiza itsinze Équateur
Ikipe y’Igihugu ya Sénégal, Les Lions de la Téranga, yageze muri ? cy’irangiza mu gikombe cy’Isi gikomeje kubera muri Qatar; nyuma yo gutsinda Équateur bigoranye ibitego 2-1. Hari mu mukino wa nyuma wo mu tsinda rya mbere amakipe yombi yari yahuriyemo kuri Stade Mpuzamahanga ya Khalifa. Sénégal nyuma yo gutangira Igikombe cy’Isi itsindwa n’u Buholandi […]
Impaka ni zose kubera igitego Cristiano Ronaldo yambuwe Portugal ikina na Uruguay
Impaka zikomeje kuba zo mu bakunzi b’umupira w’amaguru hirya no hino ku Isi, nyuma y’igitego Cristiano Ronaldo yagaragaje ko yatsinze Portugal ikina na Uruguay gusa bikarangira acyambuwe. Mu ijoro ryakeye ni bwo ikipe y’igihugu ya Portugal na Uruguay bari bahuriye mu mukino w’Igikombe cy’Isi wo mu tsinda H. Ni umukino warangiye Portugal itsinze ibitego bibiri […]
Londres: Umugore wa Tshisekedi yunze mu ry’umugabo we, na we yikoma u Rwanda
Madamu wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa, Denise Nyakeru yunze mu ry’umugabo we; na we yamagana u Rwanda ku gitero bavuga ko rwagabye ku gihugu cyabo. Denise Tshisekedi yashyize u Rwanda mu majwi ubwo yari i Londres mu Bwongereza, mu nama ya PSVI igamije kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Yavuze ko Congo Kinshasa […]
Kibeho: Les chrétiens célèbrent dans l’allégresse le 41ème anniversaire des apparitions mariales

En ce jour du 28 novembre 2022, des dizaines de miliers de Chrétiens venus des quatre coins du monde célébrent, dans l’allégresse et l’action de grâce, le 41ème anniversaire des apparitions mariales de Kibeho. Parmi les pélerins, fidèles à la Sainte Mère présents à Kibeho, figurent des Rwandais bien sûr, beaucoup d’Ougandais, des Burundais, des […]
Salima Mukansanga yahawe gusifura undi mukino w’u Bufaransa
Umunyarwandakazi Mukansanga Rhadia Salima, yashyizwe mu bakinnyi bane bagomba gusifura umukino w’Igikombe cy’Isi Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa igomba guhuriramo n’iya Tunisie. Ni Mukansanga uheruka kwandika amateka yo kuba umusifuzi wa mbere w’igitsina gore ukomoka muri Afurika washoboye gusifura Igikombe cy’Isi cy’abagabo. Yabigezeho ubwo yagirwaga umusifuzi wa kane mu mukino wo mu tsinda D u Bufaransa […]
Dr. Sabin Nsanzimana yagizwe Minisitiri w’Ubuzima
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yahinduriye imirimo Dr. Sabin Nsanzimana wari usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB); amugira Minisitiri w’Ubuzima. Dr. Nsanzimana yasimbuye kuri izi nshingano Dr. Daniel Ngamije wari uzimaranye imyaka hafi ibiri, nyuma yo kuzihabwa muri Gashyantare 2020 asimbuye Dr. Diane Gashumba. Muri Gashyantare uyu mwaka ni bwo Dr. […]
Ingona ya rutura ‘Gustave’ imaze kurira abarenga 300 mu ruzi rwa Rusizi
Ingona ya rutura bivugwa ko imaze gutwara ubuzima bw’abantu barenga 300 mu Burasirazuba bwa Afurika, birakekwa ko yaba yarapfuye nyuma y’igihe yaraburiwe irengero. Iyi ngona izwi nka Gustave yamamaye mu kurya abantu, ishinjwa kugira uruhare mu mfu z’ababarirwa mu magana y’abaturage b’u Burundi. Iyi ngona bivugwa ko ipima toni irenga y’uburemere na metero esheshatu z’uburebure. […]
Mu gahinda kenshi, Rudakubana Paul yashyinguwe (Amafoto)

Rudakubana Paul wamamaye mu biganiro bitandukanye kuri YouTube mbere yo kwitaba Imana mu cyumweru gishize, yashyinguwe n’inshuti ze ndetse n’abavandimwe be ejo ku Cyumweru. Umuhango wo kumushyingura wabereye mu kagari ka Cyabagarura ho mu murenge wa Musanze w’akarere ka Musanze, ari na ho yabarizwaga. Ni umuhango witabiriwe n’abantu b’ingeri zitandukanye barimo abagize umuryango we, inshuti […]
Gasogi United yicaje ku ntebe ishyushye umutoza wa Kiyovu Sports
Ikipe ya Kiyovu Sports yahagaritse Umubiligi Alain-André Landeut umaze amezi make ari umutoza wayo mukuru, ndetse hari amakuru y’uko bishobora kurangira imwirukanye burundu. Uyu mutoza yahagaritswe nyuma y’umukino w’agapingane w’umunsi wa 11 wa shampiyona Kiyovu Sports yatsinzwemo na Gasogi United ibitego 3-1 ku Cyumweru. Ni umukino wabanjirijwe no guterana amagambo ku ruhande rwa Kiyovu Sports […]
Brussels: Habaye imvururu zikomeye nyuma y’uko u Bubiligi bwari bumaze gutsindwa na Maroc
Polisi y’i Brussels yafunze abantu barenga 10, nyuma y’imvururu zikomeye zakurikiye umukino w’Igikombe cy’Isi Ikipe y’Igihugu y’u Bubiligi yatsinzwemo na Maroc ibitego 2-0 ku Cyumweru. Imvururu zabereye mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Brussels usanzwe ari Umurwa Mukuru w’u Bubiligi, aho amagana y’abakunzi b’umupira w’amaguru bamwe bari banifubitse amabendera ya Maroc bahanganye n’abapolisi bashinzwe guhosha imvururu, […]
Museveni wahoze mu bakuru ba M23 yashinze umutwe wo kuyirwanya
Mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva muri uku kwezi k’Ugushyingo, hari umutwe witwaje intwaro mushya witwa Pareco/FF (Résistants patriotes congolais/Force de frappe) uvuga ko ugamije guhangana na M23. Pareco/FF yashinzwe tariki ya 23 Ugushyingo na Sendugu Museveni wahoze ashinzwe ububanyi n’amahanga mu mutwe wa M23 mbere yo kuwirukanwamo muri 2013. Uyu mutwe […]
Minisitiri Musabyimana ntiyumva ukuntu icyayi kibura abasoromyi kandi hari abashomeri

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musabyimana Jean Claude, yabwiye abayobozi bo mu ntara y’Amajyepfo ko bidakwiye ko imirima y’icyayi iri mu turere tuyigize ibura abasoromyi kandi hirya no hino mu gihugu hari urubyiruko rwabuze akazi. Hari mu kiganiro Ministiri Musabyimana yagiranye n’abayobozi b’inzego zitandukanye zo mu ntara y’Amajyepfo guhera ku ntara kugera ku mirenge, kuri uyu wa […]
Ikindi gihugu cya Afurika cyapfubyemo Coup d’État
Minisitiri w’Intebe wa São Tomé et Principe, Patrice Trovoada, yatangaje ko muri iki gihugu hageragejwe Coup d’État gusa iza kuburizwamo n’ingabo zacyo. São Tomé et Principe ni igihugu kigizwe n’ibirwa, kikaba giherereye mu mazi y’inyanja ya Atlantique mu burengerazuba bw’umugabane wa Afurika. Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu mu mashusho yagiye hanze, agaragara avuga ko mu ijoro […]
Umwe muri ba Perezida ba Afurika yageneye abanye-Congo imfashanyo y’ibyo kurya
Perezida João Lourenço wa Angola, yageneye abanye-Congo bavuye mu byabo kubera imirwano ya FARDC n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23. Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo indege yari yikoreye toni 30 z’ibyo kurya yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma ho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Guverineri wa gisirikare w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Gen […]
Ibyago ku bakobwa bafata ibinini byica intanga nyuma yo gukora imibona mpuzabitsina
Ku bagore cyangwa abakobwa bakunda gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye, akenshi usanga biyambaza ibinini byica intanga (Contraceptive pills) kugira ngo batabasha gutwara inda. Ibi binini binazwi nka ‘Morning after Pills’, bigizwe n’amoko atandukanye; bikaba bikoreshwa byibura bitarenze amasaha 72 umuntu akoze imibonano mpuzabitsina. Abakora mu bijyanye n’imiti basobanura ko bishobora guhindura ukwezi k’umukobwa, itariki yo kujya […]
RDC: Hamenyekanye itariki amatora y’Umukuru w’Igihugu azaberaho
Komisiyo y’amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (CENI), yatangaje ko amatora y’Umukuru w’iki gihugu azaba ku wa 20 Ukuboza 2023. Ni ibyatangajwe na Perezida wa Komisiyo y’amatora muri RDC, Dénis Kadima; mu ngengabihe y’amatora rusange yatangajwe kuri uyu wa Gatandatu. Uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe ku wa 20 Ukuboza, uwo munsi hazanaba amatora y’abagize […]
Mushiki wa Paul Rudakubana yavuze icyaba cyamwishe
Mukasine Thérèse, mushiki wa Paul Rudakubana wamamaye mu biganiro bitandukanye ku rubuga rwa YouTube, yatangaje ko urupfu rwe rwaba rufitanye isano n’inzoga zifite imisemburo iremereye kwa muganga bari baramubujije. Rudakubana witabye Imana afite imyaka 56 y’amavuko, yavaga inda imwe na Buhigiro André w’imyaka 102 y’amavuko na Sindikubwabo Peter bamamaye kuri ubu ufite imyaka 48. Uko […]
Icyiciro cya gatatu cy’abakomando ba Kenya bageze i Goma n’ibikoresho by’intambara
Icyiciro cya gatatu cy’abasirikare bo mu mutwe udasanzwe b’Ingabo za Kenya bageze i Goma mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mbere yo gutangira ibikorwa byo kuhagarura amahoro. Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo iki cyiciro cya gatatu cy’abakomando ba Kenya bageze i Goma, banitwaje n’ibikoresho bya gisirikare byitezwe ko bagomba kuzifashisha mu bikorwa […]
Umunye-Congo wa nyuma warwanye Intambara ya kabiri y’Isi yapfuye
Caporal Albert Kunyuku wari Umunye-Congo wa nyuma warwanye Intambara ya kabiri y’Isi, yapfuye afite imyaka 100 y’amavuko. Inkuru y’urupfu rw’uyu mukambwe yamenyekanye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 26 Ugushyingo 2022. Caporal Kunyuku yapfuye, mu gihe muri Kamena uyu mwaka yari yahawe umudari w’ikirenga n’umwami Filipe w’Ububiligi wari mu ruzinduko muri Congo […]
Centrafrique: Abasirikare ba RDF bashimiwe akazi gakomeye bakoze batizigama
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), ku wa Gatanu zambitswe imidali y’ishimwe y’Umuryango w’Abibumbye. Ni igikorwa cyabereye i Bangui ku cyicaro cya Batayo y’Ingabo z’u Rwanda izwi nka RWABATT10, kiri mu birindiro by’ahitwa Socatel M’Poko. Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Valentine Rugwabiza wayoboye uyu […]
Ibyishimo bikomeye ku bakinnyi ba Iran nyuma yo kwisengerera Wales (Amafoto)

Ikipe y’Igihugu ya Iran yegukanye intsinzi ya mbere mu mikino y’Igikombe cy’Isi cya 2022 ikomeje kubera muri Qatar, nyuma yo gutsinda Wales (Pays de Galles) ibitego 2-0. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa kabiri wo mu tsinda B wakiniwe ku kibuga cya Stade yitiriwe Ahmed Bin Ali. Wales mu mukino wa mbere wo mu […]
Musanze: Umwe muri ba basaza 3 bavukana bamenyekanye kubera gusetsa yapfuye
Umusaza Rudakubana Paul uri muri batatu bo mu karere ka Musanze bavukana bamenyekanye kubera ubumuga bw’ubugufi, yitabye Imana. Inkuru y’urupfu rwa Paul wari uwa kabiri muri bo (yakurikiraga uwitwa Andereya akanakurikirwa na Peter) wamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu. Amakuru BWIZA yamenye ni uko Rudakubana yazize urupfu rutunguranye, akaba yaguye iwabo mu rugo […]
Perezida William Ruto na Raila Odinga mu ntambara y’amagambo
Perezida William Ruto wa Kenya na mukeba we Raila Odinga, bisanze mu ntambara y’amagambo bapfa bane bahoze ari abakozi ba Komisiyo y’amatora banze ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu Ruto yatsinze muri Kanama uyu mwaka. Aba biswe ‘Cherera Four’ ni Juliana Cherera usanzwe ari Visi-Perezida wa Komisiyo y’amatora muri Kenya (IEBC), Francis Wanderi, Justus Nyang’aya na […]
M23 mu nzira zo kwigarurira undi mujyi ukomeye, ku munsi ntarengwa wayo wo guhagarika imirwano
Inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 zamaze kugota Umujyi wa Kitshanga wo mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa, ku buryo isaha n’isaha na wo ushobora kujya mu maboko yazo. Kitshanga ni Umujyi uherereye mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’Umujyi wa Goma. M23 iri gukoza imitwe y’intoki kuri uyu mujyi ufatiye runini cyane Goma (Inzira ya Kitshanga na […]
Neymar mu marira nyuma yo kuvunikira mu mukino Brésil yatsinzemo Serbie
Rutahizamu Neymar Jr, yagiriye imvune mu mukino w’Igikombe cy’Isi Ikipe y’Igihugu cye cya Brésil yaraye itsinzemo Serbie ibitego 2-0. Ibitego byo mu gice cya kabiri cy’umukino bya rutahizamu Richarlson ni byo byafashije La Seleção kwegukana amanota atatu y’uyu mukino wari ishiraniro. Neymar yasohotse mu kibuga mu minota 10 ya nyuma y’umukino, nyuma yo kugira imvune […]
M23 iravuga ko ‘amasezerano y’u Rwanda na RDC’ yerekeye guhagarika imirwano atayireba
Umutwe wa M23 watangaje ko nta gahunda abarwanyi bawo bafite yo guhagarika imirwano no kuva mu bice bamaze kwigarurira, kuko utarebwa no kuba u Rwanda ruheruka kubyumvikanaho na Congo Kinshasa. Ku wa Gatatu w’iki cyumweru ni bwo i Luanda muri Angola habereye inama yigaga ku kibazo cy’umutekano muke wo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi […]
Rayon Sports yazanzamukiye kuri AS Kigali, ikura Kiyovu Sports ku mwanya wa mbere
Ikipe ya Rayon Sports yisubije by’agateganyo umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona, nyuma yo gutsinda AS Kigali igitego 1-0. Gikundiro yari imaze imikino ibiri yikurikiranya idatsinda nyuma yo gutsindwa na Kiyovu Sports ibitego 2-1 no kugwa miswi na Mukura 2-2, yari yakiriye Abanyamujyi kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo; mu mukino w’umunsi wa 10 […]
Sam Karenzi yiseguye ku bamwibasiriye bamuhora Salima Mukansanga
Umunyamakuru w’imikino Karenzi Samuel, yiseguye nyuma y’amagambo atarakiriwe neza aheruka gutangaza k’umusifuzi Mukansanga Rhadia Salima. Ku wa Kabiri w’iki cyumweru ni bwo Mukansanga Salima yanditse amateka yo kuba Umunyafurikakazi wa mbere wari ushoboye gusifura imikino y’Igikombe cy’Isi cy’abagabo. Uyu mukobwa ukomoka mu karere ka Nyamasheke yabigezeho, ubwo yagirwaga umusifuzi wa kane mu mukino Les Bleus […]