Kurwana na byo bikubiyemo imyumvire-Perezida Kagame abwira abitegura kuba Abofisiye

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame usanzwe ari Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, ari kumwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura bagiranye ibiganiro n’abanyeshuri bitegura kuba Abofisiye bo mu ngabo z’u Rwanda. Twitter y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu ivuga ko ibi biganiro byabereye mu Ishuri rikuru rya gisirikare rya Gako riherereye mu karere ka Bugesera. […]
Karasira avuga ko u Rwanda iyo rutagira Kagame ruba rumeze nka Somalia
Karasira Aimable wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda mbere yo kwirukanwa muri Kanama uyu mwaka, asanga u Rwanda ruba rumeze nka Somalia iyo rutagira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Karasira abishingira ku kuba nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Perezida Kagame yarafashe iya mbere mu gushyira ibintu mu buryo, ku buryo inzangano zari mu […]
RDC: Umwofisiye mukuru wa FARDC yaburiwe irengero afite arenga 83,000,000 Rwf
Inzego za gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ziri gushakisha umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye w’iki gihugu uheruka kuburirwa irengero atwaye amafaranga $85,000 (arenga gato 83,000,000Rwf). Amakuru aturuka mu nzego za gisirikare za RDC avuga ko uyu musirikare ufite ipeti rya Majoro witwa Sukumi Willy, yabuze kuva ku wa Gatatu tariki ya 28 […]
Rutahizamu wa APR FC yirukanwe mu mwiherero azira gusuzugura umutoza
Ikipe ya APR FC, yamaze guhagarika by’agateganyo rutahizamu wayo Ishimwe Kevin azira gusuzugura umutoza mukuru, Mohammed Adil Erradi. Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 28 Ukwakira, ni bwo Kevin yahagaritswe by’agateganyo, anirukanwa mu mwiherero mu gihe ubuyobozi bwa APR FC bukiganira ku bihano agomba gufatirwa. Ikipe ya APR FC ibinyujije ku rubuga rwayo yemeje […]
Champions league: FC Barcelona yagiye gutsindira Juventus idafite Cristiano iwayo
Ikipe ya FC Barcelona yaraye igiye gutsindira Juventus mu Butaliyani ibitego 2-0, mu mikino ya UEFA Champions league yari yakomeje ku munsi wa kabiri w’imikino y’amatsinda. Juventus yari yakiriye FC Barcelona ku kibuga Allianz Stadium, gusa idafite abakinnyi bayo b’inkingi za mwamba nka Cristiano Ronaldo wanduye Covid-19, cyo kimwe n’abarimo Kapiteni Chiellini na Mathjis de […]
RIB yataye muri yombi uwahoze ari Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko ruheruka gutata muri yombi Mutangana Jean Bosco wigeze kuba Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda ukurikiranweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano. Muri 2004 nibwo Mutangana yagizwe Umushinjacyaha ku rwego rw’Igihugu, aho yagiye ahagararira Ubushinjacyaha mu manza zitandukanye yaba mu Rukiko Rukuru ndetse no mu Rukiko rw’Ikirenga. Itabwa muri yombi rye ryemejewe […]
Gen. Muganga yasubije abashinje APR FC gusuzugura Amavubi
Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatatu, yamenyesheje Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ ko abakinnyi bayo 11 yahamagaye bazaboneka ku wa 2 Ugushyingo barangije kuzuza gahunda y’imyitozo, inyomoza abayishinje gusuzugura Amavubi. Tariki ya 7 Ukwakira ni bwo Mashami Vincent utoza ‘Amavubi’ na bagenzi be, bahamagaye abakinnyi 37 bagomba kwitegura imikino ibiri yo mu itsinda F Amavubi […]
Tanzania: Amatora yabaye hamaze kuraswa abantu barenga 10
Polisi ya Tanzania iravugwaho kurasa abantu icyenda, mu gihe muri iki gihugu havugwa umwuka mubi ushingiye ku matora y’Umukuru w’Igihugu yatangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu. Ni amatora abatavuga rumwe n’ubutegetsi bafite impungenge z’uko ashobora kurangwa n’uburiganya, nk’uko Ibiro Ntaramakuru Associated Press byabitangaje. Abantu 9 barashwe na Polisi biyongera ku bandi babiri Ishyaka […]
Bartomeu yavuze ibya mfura mbi yakorewe byatumye yegura muri FC Barcelona
Josep Maria Bartomeu wari Perezida wa FC Barcelona, yatangaje ko we n’abo bari bafatanyije kuyobora iriya kipe bakorewe ibya mfura mbi, iba intandaro yo kugira ngo begure ku mirimo yabo. Mu ijoro ryakeye ni bwo Bartomeu n’abagize Inama y’Ubutegetsi bose ya FC Barcelona beguye ku mirimo yabo, nyuma y’igitutu bari bamaze igihe bashyirwaho kubera ibibazo […]
Josep Maria Bartomeu wari Perezida wa FC Barcelona yeguye ku mirimo ye
Inkuru igezweho muri aya masaha iravuga ko Josep Maria Bartomeu wari Perezida w’Ikipe ya FC Barcelona n’abagize Inama y’Ubutegetsi y’iyi kipe bose beguye ku mirimo yabo, nyuma y’ibibazo by’ingutu byari bimaze igihe bivugwa muri iriya kipe. Bartomeu na Komite ye beguye ku nshingano zo kuyobora FC Barcelona, mu gihe haburaga iminsi mike ngo hakorwe amatora […]
Rusizi: Umugabo yaguwe gitumo ari gutaburura umurambo
Umugabo witwa Jean Baptiste wo mu Kagari ka Bununga mu Murenge wa Gihundwe ho mu Karere ka Rusizi, abaturage bamuguye gitumo ari gutaburura imva yari ishyinguwemo umurambo w’uwapfuye. Uwo uyu mugabo w’imyaka 27 y’amavuko yatabururaga, yapfuye tariki 20 Ukwakira, 2020 ashyingurwa nyuma y’iminsi itanu. UMUSEKE dukesha iyi nkuru uvuga ko Jean Baptiste yafashwe amaze gukuraho […]
Tanzania yitegura amatora yahagaritse zimwe mu mbuga n’ikoranabuhanga
Abategetsi ba Tanzania biravugwa ko bamaze guhagarika Imbuga Nkoranyambaga zirimo urwa Twitter, mbere y’amasaha make ngo muri kiriya gihugu habe amatora y’Umukuru w’Igihugu ategwnyijwe ku munsi w’ejo. Amakuru avuga ko urubuga rwa Twitter rwahagaritswe imbere muri Tanzania no hakurya mu birwa bya Zanzibar. Impirimbanyi zo muri Tanzania ni zo zemeje ko ruriya rubuga rwabaye ruhagaritswe, […]
APR FC yateguye imikino ya gicuti izayihuza n’amakipe atatu y’ibikonyozi
Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y’irushanwa Nyafurika rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, Total CAF Champions league, yamaze gutegura indi mikino itatu ya gicuti izayihuza n’amakipe yo hanze y’u Rwanda, mu rwego rwo kwitegura neza ririya rushanwa. APR FC imaze ibyumweru bitatu isubukuye imyitozo, yitegura amarushanwa ifite mu mwaka utaha w’imikino arimo irya CAF […]
Rubavu: Abazunguzayi bariye karungu nyuma y’uko ubuyobozi buseye imbuto z’umwe muri bo
Abazunguzayi bakorera mu mujyi wa Gisenyi ho mu karere ka Rubavu, bariye karungu nyuma yuko umwe muri bo ubuyobozi bumwatse inanasi yacuruzaga bukazishyira mu mashini bavuga ko isya imyanda. Bigitangira ku wa Gatandatu tariki ya 24 Ukwakira, Polisi ngo yasanze umwe muri aba bagore bahoze bakorera mu gasoko k’ahitwa kwa Rujende acururiza ku muhanda, itwara […]
Hamenyekanye ikihishe inyuma y’akarengane Munuera yakoreye FC Barcelona ikina na Real Madrid
Ikipe ya FC Barcelona yamaze kugeza ubujurire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Espagne (FEF), nyuma y’akarengane ivuga ko yakorewe n’umusifuzi Martinez Munuera, mu mukino iheruka gutsindwamo na Real Madrid. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gushize ni bwo FC Barcelona yari yakiriye Real Madrid i Camp Nou, mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona ya Espagne warangiye […]
Abakinnyi 6 bagaragaje urwego rwo hasi basezerewe mu myitozo y’Amavubi
Abatoza b’Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ bamaze gusezerera abakinnyi batandatu mu myitozo iyi kipe iri gukora mu rwego rwo kwitegura umukino wa Cape Verde, nyuma yo kugaragaza urwego ruri hasi ugereranyije na bagenzi babo. Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba (ku isaha y’i Kigali) z’itariki ya 11 Ugushyingo 2020, ni bwo Amavubi y’uko Rwanda azaba atana mu mitwe n’Ikipe […]
Rutangarwamaboko yaragije Karidinali Kambanda abazimu b’i Rwanda
Muganga Rutangarwamaboko yaragije Antoine Kambanda wagizwe umukaridinali Imana n’abazimu by’i Rwanda, amusabira ko bamuhunda umutima w’i Rwanda kugira ngo utazamuhuza icyuho abatuye mu rw’imisozi igihumbi batewe n’amateka y’icinyizamuco n’ihonyantekerezo. Ku cyumweru tariki ya 25 Ukwakira, ni bwo Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Nyir’ubutungane Papa Fransisiko, yagize Musenyeri Antoine Kambanda usanzwe ari Arikibishopu wa Kigali […]
FARDC yigaruriye ibirindiro by’inyeshyamba z’i Burundi, yica izikabakaba 30
Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, cyatangaje ko kigaruriye ibirindiro bikuru by’inyeshyamba za FNL z’i Burundi biherereye ahitwa Naombe muri Teritwari ya Mwenga ho muri Kivu y’Amajyepfo, kinica abenshi muri abo barwanyi cyo kimwe n’abo mu yindi mitwe. Umuvugizi wa FARDC muri Kivu y’Amajyepfo, Capt Dieudonné Kasereka, yatangaje ko ingabo zigaruriye biriya birindiro […]
Abaperezida batanu mu mateka ya Afurika bafatwa nk’abanyagitugu ruharwa kurusha abandi

Umugabane wa Afurika ukunze kwitwa indiri y’abanyagitugu, bijyanye n’ibikorwa byiganjemo ibyibasira inyoko muntu n’ibisubiza inyuma ubukungu byagiye bikorwa n’abenshi mu bamaze imyaka bayobora ibihugu byawo. Hari benshi mu bategetsi ba Afurika bashinjwe kugira igitugu, gusa hari batanu b’ingenzi imbuga nyinshi zihurizaho. 1. Iddi Amin Iddi Amin Dada, yayoboye Uganda hagati ya 1971-1979. Mu gihe cye […]
Bakina Gicuti, APR FC yongeye kunanirwa gutsinda AS Kigali
Ikipe ya APR FC kuri iki cyumweru, yongeye kugwa miswi y’igitego 1-1 na AS Kigali bari bahuriye mu mukino wa gicuti. Ni umukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Aya makipe yombi azaserukira u Rwanda mu mikino Nyafurika (APR FC muri CAF Champions league, AS Kigali muri CAF Confederation Cup), yaherukaga gukina undi mukino […]
Antoine Kambanda yabaye Umunyarwanda wa mbere ubaye Karidinali
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Fransisco kuri iki Cyumweru, yashyize Antoine Kambanda usanzwe ari Umushumba wa Arikidiyosezi ya Kigali muri ba Musenyeri bashya bagizwe abakaridinali. Antoine Kambanda ari muri ba Musenyeri 13 barimo icyenda bari munsi y’imyaka 80 y’amavuko bagizwe aba Karidinali, nk’uko ibiro bya Papa Fransisiko byabitangaje kuri iki cyumweru. Papa yemeje […]
Rutahizamu wakiniye Arsenal na Real Madrid yiîse nyina umurozi
Umunya-Togo, Emmanuel Sheyi Adebayor wamenyekanye mu makipe atandukanye akomeye yo ku mugabane w’u Burayi, yigeze gutangaza ko nyina umubyara ari umurozi ndetse ko we na bamwe mu bagize umuryango we bigeze kumucishiriza amarozi bagamije kumwivugana. Adebayor ukomoka ku babyeyi b’abanya-Nigeria, ni umwe mu bakinnyi b’Abanyafurika bahiriwe no gukina mu makipe akomeye ku mugabane w’u Burayi, […]
Rwanda: Kiliziya Gatolika yamaganye abatwerereye Papa gushyigikira abatinganyi
Ku wa Gatandatu tariki ya 24 Ukwakira, Kiliziya Gatolika mu Rwanda yamaganye amakuru amaze iminsi avuga ko Umushumba wa Kiliziya ku Isi, Papa Francis, ashyigikiye ko ababana bahuje ibitsina bashyingirwa, ivuga ko ari amagambo Papa yatwererewe. Mu ntangiriro z’iki cyumweru ni bwo hasakaye amakuru avuga ko Papa Francis yatangaje ko ashyigikiye abatinganyi, ngo kuko na […]
Gen. Secyugu wari mu bayobozi bakomeye ba FDLR yishwe
Gen. Nsengiyunva Venuste Secyugu wari ushinzwe ibikorwa bya gisirikare mu mutwe wa FDLR-FOCA urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, biravugwa ko yishwe azize amakimbirane amaze iminsi muri uriya mutwe. Umuyobozi wo mu nzego za gisirikare ukorera mu gace Tongo bivugwa ko uriya musirikare yaguyeme, yavuze ko urupfu rwa Jenerali Secyugu rushingiye ku makimbirane amaze igihe muri FDLR […]
Imbere ya Perezida Kagame, Patriots yisubije igikombe cya Shampiyona itsinze REG BBC

Ikipe ya Patriots BBC, yaraye yisubije igikombe cya Shampiyona ya Basketball ya BK Basketball National league, nyuma yo gutsindira ku mukino wa REG BBC imbere ya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Patriots yatwaye igikombe itsinze REG amanota76 kuri 61, mu gihe mu bari n’abategaeugori The Hoops Rwanda yatwaye igikombe itsinze ku mukino wa nyuma IPRC […]
Real Madrid yasuzuguriye FC Barcelona iwayo, ifata umwanya wa mbere muri La liga
Ikipe ya Real Madrid yegukanye amanota atatu y’Umunsi wa gatandatu wa shampiyona ya Espagne, nyuma yo kujya gutsindira FC Barcelona ku kibuga cyayo cya Camp Nou ibitego 3-1. Ni umukino washoboraga gutuma umutoza Zinedine Zidane yirukanwa mu gihe yari kuwutsindwa, bijyanye n’uko yaherukaga gutsindwa indi ibiri ikipe ye yaherukaga gukina. Iminota umunani y’igice cya mbere […]
RIB yataye muri yombi abagabo 10 bo mu karere kamwe bakekwaho gusambanya abangavu
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa Gatanu, rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo 10 bo mu karere ka Rusizi mu Burengerazuba bw’u Rwanda, bakurikiranweho icyaha cyo gusambanya no gutera inda abangavu. RIB ivuga ko batawe muri yombi bafashwe ku bufatanye n’izindi nzego zitandukanye, bakaba bafungiye kuri Sitasiyo yayo iri mu murenge wa Muganza. Iti: […]
Icyo Zidane avuga ku kuba ashobora kwirukanishwa na FC Barcelona
Umufaransa Zinedine Zidane utoza ikipe ya Real Madrid, yashimangiye ko nta gitutu yumva ariho cyo kuba yakwirukanwa, mu gihe ikipe ye yaba itsinzwe umukino wa El Clásico ifitanye na FC Barcelona kuri uyu wa Gatandatu. Zinedine Zidane na Real Madrid ye bari ku gitutu, nyuma yo kumara imikino ibiri batazi uko gutsinda bimera. Real Madrid […]
Ku isabukuru ye, Perezida Kagame yagaragaye muri Kigali Arena (Amafoto)

Perezida wa Repubulika Paul Kagame wizihiza isabukuru y’imyaka 63 y’amavuko kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Ukwakira, yagaragaye muri Kigali Arena i Remera aho yagiye gukurikirana imikino ya BK Basketball National league igeze muri 1/2 cy’irangiza. Perezida Kagame wari umaze igihe akora akazi ke ahanini yifashishije ikoranabuhanga, yageze kuri Kigali Arena ari kumwe na […]
Col. Rugema Emmanuel wari umuyobozi wa RUD-Urunana yishwe
Inkuru ikomeje kuvugwa mu bitangazamakuru byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iravuga ko Colonel Rugema Emmanuel wari umuyobozi w’Umutwe wa RUD-Urunana ushamikiye ku wa FDLR-FOCA urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, aherutse kwicirwa i Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru. Televiziyo ya MNCTV Congo yavuze ko umwe mu basirikare bakomeye bakorera i Rutshuru wemeje iyi nkuru, yavuze ko […]
RDC: Abanyamulenge benshi baguye mu mirwano mu Minembwe, muri Béni hapfa inyeshyamba 10
Abantu bagera kuri 40 bamaze kugwa mu mirwano ikomeje kuvugwa mu Minembwe ho muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Amajyepfo, ikomeje gushyamiranya inyeshyamba za Maï-Maï n’umutwe wa Ngumino-Twigwaneho, yatangiye mu ntangiriro z’iki cyumweru. Kawaya Mutipula Aimé uyobora Teritwari ya Fizi, yabwiye 7SUR7.CD ko abenshi mu bapfuye baguye mu gace ka Lulenge, yongeraho ko abarenga 30 […]
Amerika yemeje burundu umuti wa COVID-19
Abashinzwe kugenzura imiti muri Leta zunze ubumwe za Amerika, bemeje burundu umuti urwanya virusi wa remdesivir nk’ugiye kuvurishwa abarwayi ba Covid-19 bari mu bitaro, mu gihe Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) riherutse gutangaza ko uriya muti nta bushobozi bwo kuvura ufite. Ikigo cy’Amerika gishinzwe ubuziranenge bw’imiti n’ibiribwa (FDA) cyavuze ko uyu muti, wahawe […]
Hakizimana Muhadjili yatsindiye AS Kigali yipima na APR FC
Umukino wa gicuti wahuzaga APR FC na AS Kigali, warangiye amakipe yombi aguye miswi igitego 1-0, Hakizimana Muhadjili atsinda APR FC yahoze akinira. Amakipe yombi yari yahuriye i Shyorongi mu karere ka Rulindo, mu rwego rwo kwitegura imikino Nyafurika azitabira mu kwezi gutaha. APR FC yatsindiwe na Mugunga Yves ku munota wa 31, nyuma y’akanya […]
Kenya: Abarimo Umukuru w’Igihugu batangiye gushaka icyakuraho umwiryane muri politiki
Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, Visi-Perezida we, William Ruto hamwe na Raila Odinga utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu, batangije umugambi wa Leta wo gushaka icyahuza abanya-Kenya. Ku wa Gatatu tariki ya 21 Ukwakira ni bwo itsinda ryashyizweho muri Kenya ngo rihuze abanya-Politiki ba kiriya gihugu, ryamuritse Raporo yiswe BBI (The Building Bridges Initiative) yerekana ibikwiye […]
Cristiano Ronaldo yongeye kugaragaraho Covid-19, ntagihuye na Messi ku wa Gatatu
Cristiano Ronaldo umaze iminsi adakina kubera icyorezo cya Covid-19 aheruka kwandura, yatangaje ko yongeye kwandura icyo cyorezo bigasobanura ko atazagaragara mu mukino wa UEFA Champions league Juventus akinira izahuriramo na FC Barcelona mu cyumweru gitaha. Inkuru y’uko Ronaldo yanduye kiriya cyorezo iri kugarukwaho n’ibitangazamakuru byiganjemo ibyo mu gihugu cya Espagne. Tariki ya 13 Ukwakira ni […]
Perezida Kagame yasabye abasenateri barahiye kuzirikana ibyifuzo by’abaturage
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane yakiriye indahiro z’abasenateri batandatu bashya baheruka kwinjira muri Sena y’u Rwanda, abasaba gukora imirimo yabo bazirikana ibyifuzo by’abaturage. Abasenateri barahiye barimo Prof Dusingizemungu Jean Pierre, Kanziza Epiphanie, Mugisha Alexis, Mukakarangwa Clotilde, Twahirwa Andre na Uwizeyimana Evode, bashyizwe mu myanya nyuma y’umwaka umwe abandi basenateri batangiye manda. […]
Ange Kagame yishimiye insinzi ya APR
Ingabire Ange Kagame, umukobwa wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yishimiye insinzi ya APR Basketball Club ayikomera amashyi abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter. Mu ijoro ryakeye ni bwo ikipe ya APR BBC yakatishije itike ya 1/2 cy’irangiza muri shampiyona ya BK Basketball National League, nyuma yo gutsinda Espoir BBC amanota 105 kuri 78, ihita […]
UCL: Amakipe y’i Madrid yatangiye nabi, Bayern itangirana insinzi ibyibushye
Umunsi wa kabiri w’imikino y’amatsinda ya UEFA Champions league yakomezaga mu ijoro ryakeye, wasize amakipe ya Real Madrid na Atletico Madrid atsinzwe umukino wa mbere, mu gihe amakipe ya Bayern Munich na Manchester City yatangiranye insinzi. Mu ijoro ryakeye hakinwaga imikino yo kuva mu tsinda rya gatanu kugeza mu rya nyuma, mu gihe ku wa […]
Burundi: Abasirikare n’abapolisi bashinjwa kwica Gen. Adolphe Nshimirimana bakatiwe gufungwa burundu
Abasirikare batanu n’Abapolisi babiri bo mu gihugu cy’u Burundi, kuri uyu wa Gatatu bakatiwe igifungo cya burundu n’urukiko rwa Ntahangwa, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica Lt. Gen Adolphe Nshimirimana wahoze akuriye ubutasi bw’u Burundi. Ku itariki 2 Kanama 2015 ni bwo Gen. Nshimirimana yishwe, ubwo imodoka yari arimo yaraswaga igisasu cya roketi muri Komini […]
Pierre Buyoya wayoboye u Burundi ntiyemera igifungo cya burundu yahawe
Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida w’u Burundi na bagenzi be baherutse guhamywa icyaha cyo kwica Melchior Ndadaye na we wayoboye u Burundi, baramagana urubanza baciriwe n’Urukiko rw’Ikirenga rw’u Burundi, bakavuga ko runyuranyije n’amategeko. Ku wa Kabiri tariki ya 20 Ukwakira, Urukiko rw’Ikirenga rw’u Burundi rwakatiye Buyoya wategetse u Burundi hagati ya 1987-1993 na 1996-2003 igifungo […]
I Burundi bibutse imyaka 27 Ndadaye amaze yishwe (Amafoto)

Kuri uyu wa Gatatu Abarundi barangajwe imbere na Perezida wabo, Gen. Evariste Ndayishimiye, bibutse ku ncuro ya 27 Melchior Ndadaye wahoze ari Perezida wa kiriya gihugu wishwe nyuma y’iminsi mike atorewe kukiyobora n’abaturage. Umuhango wo kwibuka iyicwa rya Ndadaye wabimburiwe na Misa yo kumusabira yabereye muri Paruwasi yitiriwe Mutagatifu Mikayire (Michel), hakurikiraho igikorwa cyo gushyira […]
APR FC yakemuye ikibazo Tuyisenge Jacques yari afitanye n’umubyeyi wamushinjaga kumukubitira umwana
Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatatu, yamaze gukemura ikibazo umubyeyi witwa Niyibishaka Abraham yari afitanye na rutahizamu, Jacques Tuyisenge, yashinjaga kumukubitira umwana. Muri Kanama uyu mwaka Niyibishaka yari yandikiye FERWAFA ayisaba kumurenganura umwana we Ananias Munyemana akabona ubutabera, nyuma yo gukubitwa na Jacques Tuyisenge. Uyu mubyeyi yasobanuye ko byabaye tariki 20 Mutarama 2014 […]
Petr Cech wari warasezeye umupira ari mu bakinnyi Chelsea izifashisha muri shampiyona
Umuzamu Petr Cech wari umaze umwaka urenga yarasezeye umupira w’amaguru, yashyizwe ku rutonde rw’abakinnyi ikipe ya Chelsea izifashisha muri shampiyona y’Abongereza. Cech w’imyaka 38, yari asanzwe ari umujyanama mu bya tekiniki n’uko abakinnyi ba Chelsea bitwara, akaba yashyizwe kuri ruriya rutonde nk’umukinnyi wo kuza gutabara mu gihe bagenzi be bashobora kuba bafite ibibazo. Umutoza Frank […]
Rubavu: Arataka kurenganywa na Lieutenant muri RDF wamunyaze inka yiguriye
Umuturage wo mu murenge wa Kanzenze w’akarere ka Rubavu witwa Banyeretsurwango Eustache, avuga ko amaze umwaka n’igice asiragira ngo ahabwe ubutabera, nyuma yo kurenganywa n’umusirikare wo mu ngabo z’u Rwanda ufite ipeti rya Lieutenant wamunyaze inka yiguriye. Uyu muturage avuga ko mu mwaka ushize ari bwo yaguze iyo nka na mugenzi we witwa Kabayiza utuye […]
Mesut Özil ntari mu bakinnyi Arsenal izifashisha
Umudage Mesut Ozil, yirukanwe mu bakinnyi 25 ikipe ya Arsenal izifashisha muri shampiyona y’Abongereza, baza kumenyekana ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri. Kutagaragara mu bakinnyi Arsenal izifashisha bisobanuye ko Ozil uhembwa ibihumbi 350 by’ama-Pounds bya buri cyumweru atazongera gukinira iyi kipe kugeza muri Gashyantare umwaka utaha. Ikinyamakuru Goal.com cyageze kure kivuga ko bishoboka ko […]
Ibyavuye mu biganiro byahuje intumwa z’u Rwanda n’u Burundi
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 Ukwakira, intumwa z’ibihugu by’u Rwanda n’u Burundi zahuriye i Nemba mu karere ka Bugesera, mu biganiro bigamije kuzahura umubano w’ibihugu byombi umaze igihe warangiritse. Intumwa z’u Burundi ziyobowe na Minisitiri wabwo ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Shingiro Albert, mu gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta […]
Gen. Muganga yabwiye abakinnyi ba APR impamvu bihaye intego yo kugera mu matsinda
Umuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba no mu mujyi wa Kigali akaba na Visi-Perezida wa APR FC, Maj. Gen. Mubarakah Muganga, yabwiye abakinnyi ba APR FC ko bihaye intego yo kugera mu matsinda y’imikino Nyafurika kubera ko bababonyemo ubwo bushobozi. Ejo ku wa Mbere Gen. Muganga yari yasuye abakinnyi ba APR FC i Shyorongi, […]
RDC: Inyeshyamba za ADF zateye gereza zicikisha imfungwa zirenga 1,400
Imfungwa 1,455 zari zifungiye muri gereza ya Kangbayi iri rwa gati mu mujyi wa Beni muri Kivu y’Amajyaruguru, zatorotse mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri, nyuma y’igitero abitwaje intwaro bayigabyeho. Amakuru ava mu bayobozi n’abashinzwe umutekano muri Beni, avuga ko icyo gitero cyagabwe n’inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF-NALU wo muri Uganda wari ufite […]
Klopp yavuze ko bazategereza Van Dijk nk’uko umugore w’umutima ategereza umugabo we ufunzwe
Umudage Jurgen Klopp utoza Ikipe ya Liverpool, yatangaje ko bazashyigikira Virgil van Dijk kugeza akize nk’uko umugore w’umutima ategereza umugabo we mu gihe ari muri gereza. Uyu myugariro w’Umuholandi, aheruka kuvunikira mu mukino wa shampiyona y’Abongereza Liverpool yanganyijemo na Everton ibitego 2-2 ku wa Gatandatu w’icyumweru gushize, akaba agomba kumara hanze y’ikibuga byibura amezi umunani […]
Perezida Kim Jong-un aheruka gusuka amarira, asaba imbabazi z’imbonekarimwe
Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un, aherutse gusuka amarira anasaba imbabazi z’imbonekarimwe, ku mpamvu z’uko yananiwe kuvana igihugu cye mu bihe bikomeye kirimo byatewe n’icyorezo cya COVID-19. Perezida Kim yakuye amadarubindi mu maso ararira, ubwo yagezaga ijambo ku basirikare b’igihugu cye bari ku karasisi, ubwo hizihizwaga Isabukuru y’imyaka 75 Ishyaka ry’Abakozi riri ku butegetsi […]
APR FC yahawe uruhushya rwo kwitabira CAF Champions League
Nyuma yo kuzuza ibisabwa kugira ngo ibone uburenganzira bwo kwitabira amarushanwa y’umwaka utaha w’imikino, ikipe ya APR FC yahawe na FERWAFA uruhushya rwo kwitabira amarushanwa yo ku mugabane wa Afurika (CAF Club Licence). Ku wa Mbere tariki 12 Ukwakira, Komisiyo ishinzwe gutanga impushya zo kwitabira amarushanwa muri FERWAFA, yari yasuye ikipe ya APR FC aho […]
RURA yavuze ko nta gahunda ya vuba ifite yo kuvugurura ibiciro by’ingendo
Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA), Lt. Col. Patrick Nyirishema, yavuze ko nta gahunda ya vuba RURA ifite yo kuvugurura ibiciro bishya by’ingendo biheruka gushyirwaho, ngo kuko inzego zitandukanye zabanje kubyigana ubushishozi mbere yo kubishyiraho. Ku itariki ya 15 Ukwakira ni bwo RURA yatangaje ibiciro bishya by’ingendo ku modoka rusange zitwara abagenzi, gusa byakirwa nabi na […]
Abantu 104 bakize Covid-19 mu Rwanda
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu Gatandatu tariki 17 Ukwakira 2020, mu Rwanda habonetse abarwanyi bashya ba Covid-19 batandatu, mu gihe abakize icyo cyorezo ari 104. Abarwayi bashya batandatu babonetse mu bipimo 2,224 byafashwe, barimo umwe wabonetse i Kigali, bane babonetse muri Kirehe (abapimwe mu nkambi z’impunzi) n’undi umwe wabonetse i Gicumbi. Kugeza kuri uyu […]
Ibyago kuri Liverpool! Virgil Van Dijk wavunitse ashobora kumara amezi umunani adakina
Television ya BeIN Sports mu kanya kashize, yatangaje ko myugariro Virgil van Dijk ukinira ikipe ya Liverpool ashobora kumara amezi ari hagati y’arindwi n’umunani adakina, nyuma yo kuvunikira mu mukino wa shampiyona y’Abongereza ikipe ye yangayijemo na Everton ibitego 2-2. Virgil yasimbuwe ku munota wa 11 w’umukino ahita ajyanwa kwa muganga, nyuma yo gukinirwa nabi […]
RIB yafashe Nshimiyimana yari imaze igihe ihiga ngo aryozwe umugore we yishe
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kuri uyu wa Gatandatu, rwatangaje ko rwataye muri yombi Nshimiyimana Emmanuel wo mu murenge wa Rukumberi mu karere ka Ngoma, nyuma y’igihe rumushakisha ngo aryozwe icyaha cyo kwica umugore we yakoze. Mu rukerera rw’itariki ya 03 Ukwakira ni bwo Nshimiyimana yishe umugore we witwa Ntabahuzimana Hilarie amukubise umupanga, ahita azimira. Umunyamabanga Nshingwabikorwa […]
Umunyamakuru wa siporo wa KT Radio yateye ivi (amafoto)

Umunyamakuru Kuradusenge Isaac ukora ibiganiro bya siporo kuri KT Radio, yateye ivi asaba umukunzi we Kayumba Sylivie kuzamubera umutima na we akamubera umutwe. Ni umuhango wabereye i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali ku mugoroba w’ejo. Ku wa 15 Ukwakira umukunzi wa Kuradusenge yari yagize isabukuru y’amavuko, yandika kuri Instagram ubutumwa, amubwira ko urukundo nyakuri yarubonye […]
VAR yarijije abafana ba Liverpool
Ikipe ya Liverpool yanganyije na Everton ibitego 2-2, mu mukino wa shampiyona y’Abongereza iyi kipe y’umutoza Jurgen Klopp yabujijwemo amanota atatu n’ikoranabuhanga rya VAR. Liverpool yari yasuye Everton ku kibuga Goodison Park giherereye mu gace ka Merseyside, mu mujyi wa Liverpool amakipe yombi atuyemo. Hari mu mukino w’umunsi wa gatanu wa shampiyona. Umunota wa gatatu […]
Umuyobozi wa Gereza ya Mageragere wari ukurikiranweho kwemerera abarimo Nyamvumba gusurwa yagizwe umwere
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa Gatandatu, rwanzuye ko Zuba Camille wari Umuyobozi wa Gereza ya Nyarugenge iherereye i Mageragere, Sengabo Emmanuel Hilary wari Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Amagereza (RCS) na Mudacyahwa Deo wari ushinzwe iperereza muri Gereza ya Mageragere badahamwa n’icyaha cy’ubufatanyacyaha mu gufata icyemezo gishingiye ku itonesha, ubucuti, urwango, ikimenyane cyangwa icyenewabo, rutegeka […]
Ibyo wamenya ku mushahara n’andi mafaranga abasirikare ba RDF bagenerwa
Iteka rya Perezida wa Repubulika Nº 044/01 ryo ku wa 14 Gashyantare 2020, rishyiraho sitati yihariye y’Ingabo z’u Rwanda, rikagena ibijyanye n’umushahara umusirikare ahabwa ndetse n’andi mafaranga n’ibindi agenerwa mu gihe bibaye ngombwa. Umutwe wa gatandatu w’iri teka uragira uti: “Umushahara n’ibindi bigenerwa abasirikare”, bigasobanurwa kuva mu ngingo ya 86 kugeza mu ya 96 ya […]
Zlatko watandukanye nabi na APR FC yiyemeje kurega Yanga Africans muri FIFA
Umunya-Serbia Zlatko Krmpotic, yatangaje ko agiye kurega ikipe ya Young Africans mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), kubera ko ubuyobozi bw’iriya kipe yo muri Tanzania butakurikije ibikubiye mu masezerano ye ubwo bwayasesaga. Tariki ya 03 Ukwakira ni bwo ikipe ya Young Africans yasohoye itangazo rivuga ko yamaze gutandukana na Zlatko wahoze atoza APR FC […]