RURA yazamuye cyane ibiciro bya lisansi na mazutu

Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ibiciro bishya bya lisansi aho yavuye ku mafaranga 908 Frw igashyirwa kuri 966 Frw, ibisobanuye ko litiro imwe yiyongereyeho amafaranga y’u Rwanda 58. Ni mu itangazo RURA yasohoye mu kanya kashize. Ibiciro bushya bya lisansi na mazutu byashyizweho, bisimbura ibyari byarashyizweho ku wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga 2020, aho lisansi yari […]

Neymar na bagenzi be babiri bakinana muri PSG banduye Covid-19

Umunya-Brésil, Neymar Jr ari mu bakinnyi batatu ba Paris Saint-Germain banduye icyorezo cya Covid-19, gusa bamerewe neza nk’uko byemejwe n’iyi kipe yo mu gihugu cyo mu Bufaransa. Paris Saint Germain ibinyujije kuri Twitter yayo yagize iti: “Abakinnyi batatu ba PSG bagaragayeho icyorezo cya Covid-19 nyuma yo gusuzumwa kandi bafashe ingamba z’ubuzima zikwiye. Abakinnyi bose n’abakozi […]

Mali: Perezida Keita uheruka guhirikwa ku butegetsi arembeye mu bitaro

Ibrahim Boubacar Keïta uheruka guhirikwa ku butegetsi muri Mali, ari mu bitaro mu byo murwa mukuru Bamako, nk’uko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press. Associated Press yasubiyemo amagambo y’abantu babiri batatangajwe umwirondoro bari ku ivuriro bivugwa ko uyu wahoze ari Perezida wa Mali ari ryo ari kuvurirwamo. Perezida IBK w’imyaka 75 y’amavuko, yafunzwe iminsi 10 […]

Kiyovu Sports yihanagirije Radio 10 yayishinje gushimira abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Kiyovu Sports, bwandikiye ubwa Radi/TV10 bubwihanangiriza ku byatangajwe n’abanyamakuru bayo bashinje Kiyovu Sports kuba yarigeze gutegura igikorwa cyo gushimira abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Kiyovu Sports yasobanuye ko byavuzwe mu kiganiro cya 10 Sports cyatambutse ku wa Mbere tariki ya 31 Kanama. Ibaruwa yanditse iragira iti: “Kuri uyu wa Mbere tariki […]

Menya Abanyarwanda batanu bakurikirwa na Perezida Kagame kuri Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, afite abarenga miliyoni ebyiri bakurikira ubutumwa anyuza ku rubuga rwe rwa Twitter, we agakurikira abantu 182 banyuza ubutumwa bwabo kuri urwo rubuga rufatwa nk’urubuga rw’abayobozi n’abandi bantu biyubashye. Abantu ku giti cyabo Perezida Kagame akurikira kuri Twitter, biganjemo abayobozi ba za Guverinoma z’ibihugu bitandukanye cyangwa ababaye bo, ibigo n’Imiryango Mpuzamahanga […]

Rubavu: Umwarimu arasaba akarere indishyi za Frw miliyoni 60 kubera kumurenganya

Umwarimu witwa Rukundo Joseph wo mu karere ka Rubavu, ari mu manza n’ubuyobozi bw’aka karere ashinja kumwirukana ku kazi ku buryo bunyuranyije n’amategeko bitewe n’ihohoterwa yagiye akorerwa na bamwe mu bayobozi bako. Ku munsi w’ejo ubwo impande zombi zitabiraga iburanisha mu rukiko rw’ibanze rwa Gisenyi, urega yavuze ko ishingiro ry’ibibazo bye ari umwarimu wavanywe mu […]

Nyabimata: Abasizwe iheruheru n’igitero cy’inyeshyamba za FLN barifuza kubona Rusesabagina

Abatuye mu murenge wa Nyabimata ho mu karere ka Nyaruguru byagizweho ingaruka n’igitero inyeshyamba za FLN zagabye muri ako gace, bishimiye ifatwa rya Paul Rusesabagina, gusa basaba ko yagezwa muri kariya gace kugira ngo barebe n’amaso yabo uwo mugabo wabahemukiye. Nyabimata ni kamwe mu duce two mu Ntara y’Amajyepfo twagabweho ibitero n’umutwe wa FLN ushamikiye […]

Perezida Kagame yijeje ubufasha Akinwumi A. Adesina warahiriye kuyobora BAD

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yitabiriye umuhango w’irahira rya Akinwumi A. Adesina uheruka gutorerwa kuyobora Banki Nyafurika itsura Amajyambere, BAD, amwizeza kuzamuha ubufasha bwose azakenera. Umuhango w’irahira ry’uyu munya-Nigeria wabaye kuri uyu wa kabiri, uba hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga Mu itangazo riboneka ku rukuta rwa Twitter rw’Umukuru w’Igihugu, Perezida Kagame yashimye ibyo BAD yagezeho muri manda […]

Abakinnyi babuze icyo kurya, Imiryango yacu yarasuherewe_Rugwiro Hervé

Kapiteni w’ikipe ya Rayon Sports, Rugwiro Hervé Amadeus, yagaragaje ko ibibazo birimo inzara, kutitabwaho barwaye, ubukene… biri mu byugarije abakinnyi ba Rayon Sports kuri ubu bari mu gihirahiro. Ni ibikubiye mu ibaruwa Kapiteni Herve yandikiye Perezida wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate, mu rwego rwo kumugaragariza ibibazo byugarije abakinnyi bagenzi be bikeneye gushakirwa umuti byihuse. Mu […]

Pep Guardiola yagiriye Messi inama nziza ku bafana ba FC Barcelona

Umutoza Pep Guardiola utoza ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza, yagiriye Lionel Messi inama y’uko ikiza kuri we ari uko atava muri FC Barcelona. Ni inkuru yatangajwe n’Ikinyamakuru Mundo Deportivo cyavuze ko gifite amakuru aturuka mu bantu ba hafi mu kipe ya Manchester City, bakibwiye ko iyi kipe ngo yasesenguye ibijyanye n’amafaranga yagura Messi […]

Nyagatare: Umukozi w’umurenge yasezeye nyuma yo gufatirwa mu kabari nyuma ya saa moya

Nizeyimana Théobald wari umukozi ushinzwe uburezi mu murenge wa Musheri mu karere ka Nyagatare, yeguye ku mirimo ye nyuma y’umunsi umwe afatiwe mu kabari yasinze nyuma y’isaha ya saa moya. Ku Cyumweru tariki ya 30 Kanama 2020 ni bwo uyu mukozi yagejeje ibaruwa y’ubwegure bwe ku biro by’akarere, akavuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite. […]

Malawi: Hari ubwoko bwoza abapfuye bukifashisha amazi bogejwe mu gutegura amafunguro

Mu gihugu cya Malawi, hari ubwoko bw’abantu bitwa aba Chewa, bazwiho kuba iyo umwe mu babugize apfuye ari umuco ko umurambo we ubanza wozwa, hanyuma amazi bawogesheje akifashishwa mu guteka amafunguro. Umurambo wogerezwa ahantu hatagarifu, bigakorwa bawukata umuhogo hanyuma bakawusukamo amazi. Aba Chewa bari mu bwoko bw’aba Bantu biganje mu bihugu byo muri Afurika yo […]

Kayonza: Polisi yafashe uwiyitaga Lieutenant muri RDF akiba abaturage

Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba, yataye muri yombi umusore witwa Nkubito Emmanuel wiyitiriraga kuba Leyetona (Lieutenant) mu ngabo z’u Rwanda akabyitwaza yambura abaturage amafaranga. Nkubito mu busanzwe akomoka mu karere ka Gatsibo, akaba yamburaga abaturage amafaranga abaturage babaga batujuje amabwiriza yo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19 akoresheje amapingu yari afite. […]

KCCA yanze akayabo APR FC yayihaye ngo iyigurishe myugariro wayo w’Umunyarwanda

Ikipe ya KCCA yo mu gihugu cya Uganda, yanze akayabo ka $50,000 (arenga 48,000,000 Rwf) APR FC yifuzaga kuyiha kugira ngo igurishwe myugariro Kato Samuel Nemeyimana. Uyu musore w’imyaka 21 y’amavuko akomoka i Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba, gusa ababyeyi be barimo se w’Umunyarwanda na nyina w’Umunya-Uganda batuye i Kisoro muri Uganda. Yazamuwe mu kipe nkuru […]

Kayonza: Abantu babiri bo mu murenge umwe biyahuye mu munsi umwe

Umugore witwa Izimungu Divine wo mu karere ka Kayonza, yasanzwe mu mugozi mu cyumba cy’inzu ye yapfuye, nyuma y’amezi arindwi yari amaze arushinze. Byabaye ku cyumweru tariki ya 30 Kanama 2020, ahagana saa Tanu z’amanywa, mu Mudugudu wa Rwagatera mu Kagari ka Kirehe ho mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza. Umunyamabanga Nshingwabikobwa w’Umurenge […]

Sarpong yatsindiye Yanga Africans mu mukino we wa mbere bahura na Aigle Noir

Ikipe ya Yanga Africans ibifashijwemo n’abarimo Umunya-Ghana Michael Sarpong yatsinze Aigle Noir y’i Burundi ibitego 2-0, mu mukino wa gicuti amakipe yombi yari yahuriyemo kuri iki cyumweru. Ikipe ya Yanga Africans y’umutoza mushya Zlatko Krmpotic, yari ifite ibirori bikomeye byo kwizihiza umunsi mukuru wayo wa Yanga Day, nyuma y’icyumweru kimwe mukeba wayo Simba Sports Club […]

Karasira nahabwa inkunga na RNC si ikibazo_Karasira Aimable

Karasira Aimable wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda mbere y’uko yirukanwa na yo muri uku kwezi, yakomoje ku mafaranga y’imfashanyo akomeje kohererezwa n’abantu batandukanye, avuga ko kuba yahabwa inkunga na RNC bitavuze ko akorana na yo. Ku wa Gatanu tariki ya 14 Kanama, ni bwo Prof Philipp Cotton uyobora Kaminuza y’u Rwanda, yandikiye Karasira […]

Zimbabwe: Uwabaye Minisitiri yashyize hanze ibikorwa bya gishitani bya Perezida Mnangagwa

Walter Mzembi wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Zimbabwe, yahishuye buryo Perezida Emmerson Mnangagwa yagerageje kumwivuganira muri Afurika y’Epfo aho yahungiye, anatangaza ko hari inzirakarengane zagiye zicwa zitiranywa na we. Minisitiri Mzembi yatangaje ayo marorerwa ya Perezida Mnangagwa, mu kiganiro kihariye yagiranye na Nehanda Radio, aho yavuze zimwe mu nzirakarengane zagiye zicwa bigizwemo uruhare na […]

Perezida Kagame asanga Arsenal iri mu nzira zo kugaruka mu bihe byiza

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashimiye Ikipe ya Arsenal yegukanye Igikombe cya FA Community Shield itsinze Liverpool kuri penaliti, ashimangira ko iyi kipe iri mu nzira zo kugaruka mu bihe byiza yahozemo. Mu ijoro ryakeye ni bwo Arsenal yegukanye igikombe cya Community Shield ku ncuro ya 16, nyuma yo gutsinda Liverpool yatwaye igikombe cya shampiyona […]

Umunyafurika yongeye guheka Arsenal ayihesha Community Shield itsinze Liverpool

Ikipe ya Arsenal yegukanye igikombe cya FA Community Shield kibanziriza itangizwa rya shampiyona y’Abongereza, nyuma yo gutungura Liverpool ikayitsinda kuri Penaliti 5-4. Community Shield mu Bwongereza ihuza ikipe yatwaye igikombe cya shampiyona n’iyatwaye icya FA Cup, ikabimburira shampiyona nshya. Umunota wa 12 w’umukino wonyine wari uhagije kugira ngo umunya-Gabon Pierre Emerick-Aubameyang atsindire Arsenal igitego cya […]

Ngoma: Umwarimu uherutse gukora imashini zikarabya abantu batazikozeho yapfuye

Umwarimu witwa Ntaganzwa Sylvestre wo mu karere ka Ngoma uherutse gukora imashini zikarabya abantu ndetse zikanabatera imiti yica udukoko (Hand Sanitizer) umuntu atazikozeho, yapfuye kuri uyu wa Gatandatu azize Diyabete. Amakuru y’urupfu rw’uyu mwarimu yemejwe n’umugore we Akingeneye Claudine wavuze ko Diyabete yamwishe hari hashize igihe gito bayimubonyemo. Ayingeneye yagize ati: “Yapfuye mukanya nka saa […]

RIB yahakanye ko Mbonabucya yayitabaje ikamusaba kujya kwizanira uwamukubise ifuni

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwahakanye amakuru avuga ko umuturage witwa Mbonabucya Claude wo mu karere ka Huye yakubiswe ifuni mu mutwe, yayiyambaza agasabwa kujya kuzana uwamukubise. Mu Ukwakira 2019 ni bwo Mbonabucya w’imyaka 18 y’amavuko yakubiswe ifuni mu mutwe n’umugabo witwa Nyabyenda basanzwe baturanye mu Kagari ka Muyogoro, mu Murenge wa Huye; kugeza ubu akaba […]

EAC: Kagame ni we ukurikirwa na benshi kuri Twitter, Ndayishimiye na Kiir bakaza inyuma

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, aza ku isonga mu bakuru b’ibihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba bakurikirwa cyane ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter. Umukuru w’Igihugu akoresha urubuga nkoranyambaga rwa Twitter kuva muri Gicurasi 2009, akaba akurikirwa n’abarenga miliyoni ebyiri. Perezida Kagame we akurikira kuri Twitter abantu 181, biganjemo abanyepolitiki. 2. Yoweri Kaguta Museveni Umukuru […]

Nta wutifuza Messi mu kipe ye ariko amahirwe yacu ni make_Jurgen Klopp

Umudage Jürgen Klopp utoza Liverpool yo mu gihugu cy’Ubwongereza, yavuze ko Liverpool nta mugambi ifite wo gusinyisha Lionel Messi, ariko yemeza ko byaba bihebuje aramutse aje muri shampiyona y’Abongereza. Ni byinshi bikomeje kuvugwa ku hazaza h’uyu munya-Argentine amakuru menshi akomeje gusohora muri FC Barcelona aheruka kumenyesha ko ashaka kuyivamo. Liverpool ni imwe mu makipe akomeye […]

Ni ba mitima nda! wishinga innyo y’undi iyawe ikarangara- Rutangamaboko avuga ba Slay Queen

Muganga Rutangarwamaboko, yanenze abakobwa batandukanye barimo abazwi nk’aba Slay Queen bashyira ubwambure bwabo ku karubanda, avuga ko ari inda ibakoresha kugira ngo bacike ku muco wabo. Rutangarwamaboko asanzwe ari umushakashatsi, umwigisha w’ubuzima bushingiye ku muco akaba n’inzobere mu by’umuco, amateka, imbonezabitekerezo (Filosofiya) n’ubuzima bwa muntu bushingiye ku myizerere, imyumvire, imitekerereze, imyitwarire ndetse n’imigirire. Muri iki […]

Impamvu zerekana buryo ki FERWAFA itabaniye Gicumbi FC na Heroes

Amezi atatu arashije amakipe ya Gicumbi FC na Heroes FC ari mu gihirahiro nyuma yo kumanurwa mu cyiciro cya kabiri n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru hano mu Rwanda, FERWAFA mu mwanzuro w’iryo shyirahamwe kugeza ubu utaravugwaho rumwe. Icyemezo cyo kumanura ayo makipe yombi cyafashwe ku wa 22 Gicurasi, ubwo FERWAFA yafataga icyemezo cyo gusoza shampiyona y’Ikiciro cya […]

Kirehe: Umuyobozi w’Ikigo nderabuzima yeguye nyuma yo gufatwa yasinze yanarengeje Saa moya

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe kuri uyu wa Gatanu, bwatangaje ko bwakiriye ibaruwa y’ubwegure ya Hategekimana Jean wari Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Mahama, nyuma yo gufatwa mu ijoro ryakeye yishe amabwiriza yo kwirinda Covid-19. Amakuru avuga uyu muganga yafashwe saa yine z’ijoro kandi yanasinze, mu gihe amasaha mashya ntarengwa yo gutaha atagomba kurenga saa moya. Umuyobozi […]

Umusirikare wa RDF arashinjwa guca ikariso y’umwana w’imyaka 15 akamusambanya

Umusirikare mu Ngabo z’u Rwanda ukorera mu murenge wa Mata w’akarere ka Nyaruguru, arashinjwa n’umwana w’imyaka 15 kumusambanya nyuma yo kumuciraho ikariso yari yambaye. Byabaye Tariki 02 Kanama 2020, ubwo uyu mwana w’imyaka 15 yari kumwe na mugenzi we mu gishanga cy’iwabo mu mudugudu wa Taba, Akagari ka Rwamiko mu murenge wa Mata. Icyo gihe […]

Museveni wemeye kwitwa ‘Bosiko’ yahaye ubutumwa bukomeye Bobi Wine

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni wemeye kwitwa izina ‘Bosiko’ yahimbwe n’abamurwanya, yavuze ko amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu ntangiriro z’umwaka utaha ari yo azagena ukwiye kuyobora Uganda hagati ye na Depite Robert Ssentamu Kyagulanyi wamenyekanye nka Bobi Wine. Izina ‘Bosco’ Museveni yahimbwe, rikunze gukoreshwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe biganjemo abafana ba Bobi Wine, bakarimwita bagaragaza […]

Umutoza waziranaga n’abafana ba APR FC yagizwe umutoza wa Yanga ya Haruna na Sarpong

Ikipe ya Yanga Africans yo mu gihugu cya Tanzania, yagize Umunya-Aerbia, Zlatko Krmpotic wahoze atoza APR FC ya hano mu Rwanda, umutoza wayo mukuru imusimbuje Umubiligi Luc Eymael yirukanye mu minsi ishize. Mu busanzwe Umurundi Kaze Cédric wigeze gutoza ikipe ya Mukura Victory Sports ya hano mu Rwanda ni we wahabwaga amahirwe yo kujya gutoza […]

Rwamagana: Impanuka ikomeye yaguyemo batatu, hakomereka bane

Abantu batatu bapfiriye mu mpanuka yaraye ibereye mu murenge wa Muhazi ho mu karere ka Rwamagana, mu gihe abandi babarirwa muri batane bayikomerekeyemo. Iyo mpanuka yabaye mu ma saa kumi n’imwe z’umugoroba w’ejo ku wa kane, yabereye mu mudugudu wa Plage, mu kagari ka Nyarusange ho muri uriya murenge wa Muhazi. Yatewe n’imodoka ya Jeep […]

Inkumi yakuruye ubugabo bw’umukunzi wayo bimuviramo urupfu

Umugabo wamenyekanye ku mazina ya Christopher Muchenga wo mu gace ka Mt Hampden mu gihugu cya Zimbabwe, yitabye Imana nyuma y’uko umukunzi we amukuruye ubugabo bari bari kurwana. Umuvugizi w’umuryango wa Nyakwigendera Margaret Kamwaza, yavuze ko Christopher mbere y’uko apfa yari yasohokanye umugore we ngo bajye kugirana ibihe byiza dore ko yari yahembwe, gusa ibitari […]

Abayobozi bagiye kujya baryozwa abishe amabwiriza yo kwirinda Covid-19

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase, yasabye abayobozi b’inzego zibanze gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza yo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19, aho bizagaragara ko ayo mabwiriza yishwe abayobozi bakazaba ari bo babiryozwa. Minisitiri Shyaka yabitangaje kuri uyu wa Kane, ubwo we na mugenzi we w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, bari kuri Radiyo y’Igihugu basobanura amabwiriza mashya […]

Paul Pogba bamusanzemo Coronavirus bimwambura amahirwe

Umufaransa Paul Pogba ukinira Manchester United yo mu Bwongereza, yasanzwemo icyorezo cya Covid-19 gihita kimuvanisha mu bakinnyi ikipe y’Igihugu y’Ubufaransa izifashisha mu mikino ya UEFA Nations league iteganyijwe mu minsi iri imbere. Undi Mufaransa Tanguy Ndombele ukinira Tottenham na we yasanzwemo kiriya cyorezo, ahita ashyirwa mu kato k’iminsi 14. Aba bakinnyi bombi ntabwo bazagaragara mu […]

Dr Pierre Damien Habumuremyi yajyanwe mu nkiko n’uwo yagurishije V8

Dr Pierre Damien Habumuremyi wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, yongeye kugaragara imbere y’ubutabera aburana imodoka ifite agaciro ka miliyoni 25 z’Amafaranga y’u Rwanda yagurishije uwitwa Rukeratabaro. Ni urubanza rwaburanishijwe n’Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo uwaguze iriya modoka yaregeye, asaba ko yafatirwa aho gukomeza kuba mu rugo rwa Dr. Habumuremyi, mu rwego rwo kwirinda ko hari ibindi […]

Uwitwara nk’aho nta Corona ihari yisubireho cyangwa agume mu rugo_Minisitiri Busingye

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnson, yasabye Abanyarwanda bakomeje gukerensa amabwiriza yo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19 kwisubiraho, abatabishoboye bagahitamo kuguma mu ngo zabo. Minisitiri Busimgye yabitangaje nyuma y’uko Leta y’u Rwanda ifashe ingamba nshya zo kwirinda ko Covid-19 ikomeza gukwirakwira mu gihugu, harimo gusubika ingendo ziva n’izijya mu mujyi wa Kigali […]

ACP Nkuranga Lynder wabaye umuvugizi wa polisi y’Igihugu yahawe imirimo mishya

Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro ku wa Gatatu tariki ya 26 Kanama iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yahaye imirimo mishya abarimo Assistant Commissioner of Police (ACP) Nkuranga Lynder wabaye Umuvugizi Wungirije wa Polisi y’Igihugu. ACP Nkuranga wakoze imirimo itandukanye muri Polisi y’u Rwanda, yagizwe Umuyobozi Ushinzwe Iperereza ryo hanze y’Igihugu mu rwego […]

Rwanda-Burundi: Ikibazo cy’abatera igihugu kimwe baturutse mu kindi cyavugutiwe umuti

Abakuru b’inzego zishinzwe ubutasi bwa gisirikare bo mu bihugu by’u Rwanda n’u Burundi, bemeranyije gushakira umuti ikibazo cy’umutekano muke wakunze kuvugwa ku mupaka ugabanya ibihugu byombi. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ni bwo intumwa z’ibihugu byombi zahuriye i Nemba ho mu karere ka Bugesera, mu biganiro byari bigamije gushakira umuti ikibazo cy’umutekano muke […]

Perezida Kagame ayoboye inama y’abaminisitiri ubu, ishobora kugarura Guma mu Rugo?

Muri aya masaha Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ayoboye Inama y’Abaminisitiri. Hari ukwibaza kwinshi kubantu niba ishobora gusiga igihugu gisubiye muri gahunda ya Guma mu Rugo bitewe n’ubwiyongere bwa Covid-19. Ni inama ije mu gihe imibare y’ubwandu bwa Covid-19 ikomeje kwiyongera umusubirizo, aho imibare ya Minisiteri y’ubuzima igaragaza ko abamaze kwandura babarirwa muri 3,306; barimo […]

Ifoto mpimbano ya Messi mu mwambaro wa Rayon Sports ikomeje kubica

Kuva ku mugoroba w’ejo ku wa Kabiri,izina Lionel Messi rikomeje kugarukwaho cyane mu bakunzi b’umupira w’amaguru hirya no hino ku Isi, kugeza no mu kipe ya Rayon Sports abafana bayo bagaragaje ko na bo atabagwa nabi. Mu bitangazamakuru bitandukanye, ku mbuga nkoranyambaga n’ahandi hantu henshi hahurira abantu, izina Messi riri kugarukwaho umunota ku wundi. Ibya […]

Ingabire Victoire yavuze ko ishyaka ryose ryamwegera bakorana

Umuyobozi w’Ishyaka DALFA-Umurinzi ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda ndetse rikaba ritari ryemererwa gukora, Ingabire Victoire Umuhoza, avuga ko hagize ishyaka rimwegera bashobora gukora, ariko akongeraho ko mu bimuraje ishinga hatarimo kurwanira imyanya muri Guverinoma y’u Rwanda ku buryo yakwemera guta imirongo y’ishyaka rye agakurikiza gahunda z’andi mashyaka. Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na BWIZA TV ku […]

U Rwanda rwashyizeho impapuro zita muri yombi Col Aloys Ntiwiragabo

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwemeje ko Leta y’u Rwanda yasohoye impapuro zita muri yombi Colonel Aloys Ntiwiragabo ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni nyuma y’ukwezi Urwego rw’Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa rukurikirana ibyaha by’Iterabwoba, rutangije iperereza ry’ibanze ku byaha byibasiye inyokomuntu bishinjwa Aloys Ntiwiragabo uri mu basirikare bakuru batangije Umutwe urwanya Ubutegetsi bw’u Rwanda wa FDLR. […]

Abakuriye ubutasi bwa gisirikare mu Rwanda n’u Burundi bari kuganira

Abakuriye inzego zishinzwe ubutasi bwa gisirikare mu bihugu by’u Rwanda n’u Burundi, bahuriye mu biganiro bigamije kurebera hamwe impamvu umubano w’ibihugu byombi ukomeje kuzamba cyane ku mupaka ugabanya ibihugu byombi. Ni ibiganiro biri kubera ku mupaka ugabanya ibihugu byombi wa Nemba ho mu karere ka Bugesera. Intumwa z’u Rwanda ziyobowe na Brig. Gen. Vincent Nyakarundi […]

Imirwano irakomeje hagati y’ingabo z’u Burundi n’inyeshyamba za Red-Tabara

Imirwano hagati y’ingabo z’igihugu cy’u Burundi n’inyeshyamba za Red-Tabara zirwanya ubutegetsi bw’icyo gihugu, ikomeje kujya mbere mu ntara ya Rumonge nyuma y’iminsi itatu itangiye. Ku cyumweru tariki ya 22 Kanama ni bwo izo nyeshyamba zasohoye itangazo rivuga ko zirwanyeho zikica abapolisi icyenda b’u Burundi n’abarwanyi 20 bo mu mutwe w’Imbonerakure, nyuma yo kugaba igitero ku […]

Bidasubirwaho Messi yabwiye FC Barcelona ko ashaka kuyivamo

Umunya-Argentine Lionel Messi, yabwiye ikipe ya FC Barcelona ko ashaka kuyivamo, nyuma y’imyaka 20 yose yari amaze ayikinira. Ni inkuru mbi ku bakunzi ba FC Barcelona imaze gutangazwa n’ikinyamakuru TycC Sports cy’iwabo muri Argentine. Iki kinyamakuru cyavuze ko Messi yamaze koherereza Fax ikipe ya Barça ayimenyesha ko atagomba gutegereza ko amasezeramo ye arangira mu mwaka […]

Umuzungu wanduye SIDA yasakaje amafoto y’abakobwa barenga 30 yishimiye kwanduza (Amafoto)

img-20200825-wa0043.jpg

Umukerarugendo witwa Mike Oliver, yishimiye kwanduza agakoko gatera SIDA abakobwa barenga 30 bo mu gihugu cya Kenya ashyira ku karubanda amafoto yabo. Mike yasambanyije bariya bakobwa mu gihe cy’amezi atatu, ababarirwa mu icumi asiga abateye inda mbere yo kuva muri kiriya gihugu. Bivugwa ko yari yaje muri Kenya mu biruhuko, hanyuma agakurura bariya bakobwa abifashijwemo […]

Burundi: Perezida Ndayishimiye yahaye imirimo mishya Pascal Nyabenda

Perezida w’u Burundi Gen. Evariste Ndayishimiye, yahaye imirimo mishya Pascal Nyabenda wahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi akanaba Perezida w’Inama Nkuru y’icyo gihugu, amugira Visi-Perezida wa kabiri wa Banki Nkuru y’u Burundi (BRB). Nyabenda yashyizweho n’iteka rya Perezida N° 100/046 ryo ku wa 25 Kanama 2020. Pascal Nyabenda ni rimwe mu mazina akomeye […]

Rubavu: Umugabo yagiye gusambana kwa mushiki we atererwayo icyuma

Umugabo witwa Kagirima ukomoka mu Bigogwe ho mu karere ka Nyabihu, yaterewe icyuma n’abantu bataramenyekana mu murenge wa Kanzenze ho mu karere ka Rubavu, aho yari yagiye gucyura umugore bivugwa ko ari mushiki we wo kwa se wabo. Byabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Kanzenze ndetse n’ubw’akagari ka […]

Rocky Kimomo yizihirije isabukuru ye y’amavuko mu birwa bya Karayibe

Amakuru akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko umusobanuzi wa Filimi uzwi nka Rocky Kimomo n’umuhanzi Mr. Kagame ubu barimo kubarizwa mu birwa byo mu majyepfo ya Amerika ahitwa St. Mareen aho uyu musobanuzi yagiye kwizihiriza isabukuru ye y’amavuko. Bivugwa ko aba bombi bavuye mu Rwanda tariki 15 Kanama 2020 babanza guca muri Tanzania mbere y’uko […]

Ubutumwa buzamura imbamutima Sarpong yageneye abafana ba Gikundiro

Umunya-Ghana Michael Sarpong, yandikiye abafana ba Rayon Sports yakiniye imyaka ibiri, abashimira buryo ki babanye neza mu gihe yamaze akinira iyi kipe ikunzwe kurusha izindi mu gihugu. Sarpong wageze mu Rwanda avuye muri Dreams FC y’iwabo muri Ghana, ni umwe mu bakinnyi Rayon Sports yari yubakiyeho ubusatirizi bwayo mu myaka ibiri yari ayimazemo, mbere yo […]

Kera kabaye Ronaldhinho yafunguwe

Umunya Brésil Ronaldinho Gaucó, yafunguwe nyuma y’amezi hafi atandatu afungiye mu gihugu cya Paraguay nyuma yo gufatanwa Passport y’impimbano. Muri Werurwe uyu mwaka ni bwo Ronaldinho yatawe muri yombi ari kumwe na mukuru we witwa Roberto de Assis Moreira usanzwe akurikirana inyungu z’ubucuruzi bwe, bashinjwa kwinjira muri Paraguay bakoresheje Passports z’incurano. Ronaldinho yari yagiye muri […]

Uganda: Museveni yasabye abasirikare basoje ikosi kwirinda inzoga n’indaya (Amafoto)

img-20200824-wa0033.jpg

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, yasabye abasirikare b’igihugu cye barenga 4,000 barangije ikosi kwirinda ubusinzi n’indaya, mu rwego rwo gukora akazi kabo neza. Kuri uyu wa Mbere ku wa 24 Kanama ni bwo Perezida Museveni yayoboye umuhango wo gusoza imyitozo y’abasirikare 4,325 bari bamaze igihe bayikorera mu kigo […]

Dore amagambo aharawe n’urubyiruko rw’ubu mu kureshya abakobwa

Ujya uvuga ijambo ndagukunda cyane? Ubusanzwe ijambo ndagukunda ni ijambo buri wese abwirwa akumva arahindutse muriwe bitewe n’ubimubwiye n’ukuntu abantu rihabwa agaciro cyane kuko ridakunze kuvugwa n’ubonetse wese.Icyakora hari andi magambo ushobora kubwira umukunzi wawe akamuryohera kurusha kuvuga Ndagukunda. 1.Aho uzaba hose nzaba ndi kumwe nawe: Wari wabwirwa iri jambo ngo wumve ukuntu riryoha. Si […]

FC Barcelona irasesa amasezerano ya rutahizamu wayo ukomeye

Ikipe ya FC Barcelona kuri uyu wa Mbere, byitezwe ko isesa amasezerano ya ruhahizamu wayo, Luis Suarez, nk’uko bitangazwa n’ibitangazamakuru byo mu gihugu cya Espagne. Suarez yari amaze imyaka itandatu muri FC Barcelona nyuma yo kuyigeramo muri 2014 avuye muri Liverpool yo mu gihugu cy’Ubwongereza, gusa yamaze kubwirwa ko atari mu mibare y’abakinnyi umutoza Ronald […]

Rayon Sports yemeje ko yagurishije Rutanga

Kera kabaye ikipe ya Rayon Sports yemeje ko yamaze kugurisha muri Police FC Rutanga Eric wahoze ari Kapiteni wayo, ku bwumvikane bw’amakipe yombi. Yabitangaje nyuma y’amezi atatu ikipe ya Police itangaje ko uyu musore ukina inyuma ku ruhande rw’ibumoso yamusinyishije. Police FC yemeje ko yasinyishije Rutanga imyaka ibiri ku wa 28 Gicurasi, nyuma y’ukwezi kumwe […]

Nyaruguru: Urupfu rw’umusaza wasanzwe mu muferege rwabaye amayobera

img-20200824-wa0020_1598273467811.jpg

Ku wa 13 Kanama 2020, Ntitanguranwa Jean Baptiste, bitaga “Premier”, (kubera ko yari afite ipeti rya“premier sergent” mu ngabo za cyera, Ex-FAR) , wari ucumbitse mu mudugudu wa Akabacura, akagari ka Raranzige, umurenge wa Rusenge, akarere ka Nyaruguru, bamusanze mu muferege w’umuhanda yapfuye. Aho yaguye ni mu mudugudu wa Ntanda avukamo, mu kagari kamwe ka […]

Tuyisenge Jacques ushobora kugaruka mu Rwanda yasezeye Petro Atletico

Visi-Kapiteni w’Ikipe y’igihugu Amavubi, Jacques Tuyisenge, yasezeye ikipe ya Petro Atletico de Luanda yo muri Angola, nyuma y’umwaka umwe yari ayimazemo. Muri Nyakanga umwaka ushize ni bwo Tuyisenge yari yasinyiye Petro Atletico amasezerano y’imyaka ibiri, nyuma yo gutandukana na Gor Mahia yo muri Kenya. Yari yaguzwe asaga miliyoni 300 z’amafaranga y’u Rwanda. Tuyisenge yemeje ko […]

RIB yavuze ku makuru yavugaga ko umuvugizi wayo yahunze

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwanyomoje amakuru avuga ko Umuvigizi warwo, Marie Michelle Umuhoza yahunze igihugu, rusobanura ko yagiye kwivuza kandi akaba ameze neza. Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye ziganjemo urwa Facebook na Twitter hakwirakwijwe amakuru avuga ko Mme Umuhoza yahungiye muri Canada we n’umuryango we, bigizwemo uruhare n’abarwanya Leta y’u […]

Burundi: Red Tabara yigambye kwica abapolisi n’Imbonerakure nyinshi

Umutwe wa Red-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, watangaje ko wishe abapolisi icyenda b’iki gihugu n’Imbonerakure zibarirwa muri 20, nyuma yo kugaba igitero ku birindiro byawo biri ahitwa mu Bugarama. Mu itangazo uriya mutwe wasohoye ryashyizweho umukono n’umuvugizi wawo, Augustin Ngenzi, wavuze ko byabaye mu gitondo cyo ku cyumweru tariki ya 23 Kanama. Itangazo riragira riti: […]