Neymar yasutse amarira nyuma yo gutwarwa UEFA Champions league na Bayern Munich

Ikipe ya Bayern Munich yegukanye UEFA Champions league ya gatandatu mu mateka yayo, nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma Paris Saint Germain ikinamo Umunya-Brésil, Neymar Jr, igitego 1-0. Igitego rukumbi cyatsinzwe n’Umufaransa Kinglsey Coman, ni cyo cyafashije Bayern Munich kwegukana igikombe cya UEFA Champions League mu mukino waberaga i Lisbon muri Portugal. Ni umukino […]

Menya ibyo buri musirikare wa RDF agomba kwitwararikaho

Iteka rya Perezida Nº 044/01 ryo ku wa 14 Gashyantare 2020 ni ryo rishyiraho sitati yihariye y’Ingabo z’u Rwanda, Rwanda Defense Forces (RDF), rikagena ibyo ingabo z’u Rwanda zigomba kwitwararikaho mu gihe ziri mu murimo wa gisirikare. Ingingo ya 60 y’iri teka ivuga ibyo umusirikare ubarizwa mu gisirikare cy’u Rwanda abujijwe, iya 61 yo ikavuga […]

Israel: Umukobwa w’imyaka 16 wafashwe ku ngufu n’abagabo 30 yateje impagarara

Abaturage bo mu gihugu cya Israel bigabije imihanda yo mu mijyi itandukanye yo muri iki gihugu, bamagana ihohoterwa riherutse gukorerwa umwangavu w’imyaka 16 y’amavuko wasambanyijwe ku ngufu n’abagabo 30. Abaturage bigaragambije nyuma y’uko itangazamakuru ritangaje uko ririya sinzi ry’abagabo ryari ritonze umurongo hanze y’icyumba cya Hoteli uriya mwana w’umukobwa yari acumbitsemo, bategereje kumukorera ibya mfura […]

Ishuri King David Academy rishinjwa guteza inkangu ntirizemererwa gufungura

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buravuga ko Ishuri rya King David Academy riri mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, ritazafungurwa mu gihe cyose rizaba ritarashyiraho uburyo bwo gufata amazi aturuka ku nyubako zaryo. Abatuye munsi y’iryo shuri ndetse n’ivuriro ryitwa ‘Legacy Clinic’ bareze King David Academy, bayishinja kohereza amazi mu butaka buri hepfo yaryo, […]

Tarisisi! Simba SC yahaye umubatizo Vital’o y’i Burundi

Ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania, yanyagiye Vital’o y’i Burundi ibitego 6-0, mu mukino wa gicuti amakipe yombi yari yahuriyemo kuri uyu wa gatandatu. Vital’o FC yari yatumiwe i Dar es Salaam muri Tanzania mu mukino wa gicuti, mu rwego rwo kwifatanya na Simba Sports Club mu munsi mukuru wayo wa […]

Ihere amaso uburyo budasanzwe Diamond yitabiriye Simba Day-Amafoto

img-20200822-wa0051.jpg

Umuhanzi Naseeb Abdul Juma wamamaye mu muziki wa Tanzania nka Diamond Platnumz, yinjiye muri Stade yitiriwe Nyakwigendera Benjamin Mkpa i Dar es Salaam muri Tanzania ari muri kajugujugu, ubwo yari yitabiriye ibirori by’umunsi Mukuru wa Simba Day. Ni umunsi iyi kipe ikomeye muri Tanzania yizihije kuri uyu wa gatandatu tariki ya 22 Kanama, mu rwego […]

Bobi Wine yakubitiwe ukuri_Perezida Yoweri Museveni

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yavuze ko mukeba we Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine yakubitiwe ukuri n’abashinzwe umutekano muri Uganda, ubwo bamukubitiraga mu gace ka Arua mu myaka ibiri ishize bamushinja gutera amabuye imodoka za Perezida Museveni. Byabaye tariki ya 13 Kanama 2018, ubwo Bobi Wine na bagenzi be bari bavuye gushyigikira […]

Sarpong wanzwe na Simba SC yakiriwe na Yanga Africans

Umunya Ghana, Michael Sarpong wari umaze igihe atandukanye na Rayon Sports ya hano mu Rwanda, yamaze kwerekeza muri Yanga Africans yo muri Tanzania nyuma yo guterwa umugongo na mukeba wayo, Simba Sports Club. Saa tanu z’amanywa yo kuri uyu wa gatanu ni bwo Sarpong yahagurutse i Kigali n’indege ya RwandAir yerekeza i Dar Es Salaam […]

Rubavu: Bavuga ko bafite impungenge z’uko bashobora kuzicwa bazira abo bari bo

Mu mudugugu wa Bwiza, mu Kagari ka Bisizi ho mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu, hari imiryango ibiri itabaza Leta y’u Rwanda isaba guhabwa umutekano wihariye, nyuma y’uko imaze igihe igirirwa nabi n’abaturanyi bayo yemeza ko batifuza ko itura muri ako gace. Ba nyir’imiryango imaze igihe ijujubywa, bavuga ko bageze muri kariya gace […]

Kapiteni wa Manchester United afunzwe azira kurwana na Polisi

Kapiteni w’Ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza, Harry Maguire, yatawe muri yombi na Polisi yo mu gihugu cy’u Bugiriki nyuma yo kurwana na yo. Harry Maguire amaze iminsi mu gace ka Mykonos mu gihugu cy’u Bugiriki aho yagiye kuruhukira mu gihe agitegereje ko shampiyona y’Abongereza itangira. Ni nyuma yo gusezererwa na Sevilla FC muri […]

Abarinzi 6 ba Visi-Perezida wa Sudani y’Epfo bishwe

Abarinzi batandatu ba Visi-Perezida wa Sudani y’Epfo, James Wani Igga, barashwe barapfa abandi babiri barakomereka, nyuma y’uko imodoka bari barimo iguye mu gico cy’inyeshyamba zari zayiteze. Ni amakuru yemejwe na Kalisto Lado, umuvugizi wa Visi-Perezida James Igga, mu kiganiro yagiranye na BBC. Yemeje ko byabaye ku mugoroba wo ku wa gatatu w’iki cyumweru. Uwo muvugizi […]

Uwari padiri muri Diyosezi ya Butare yavuze icyihishe inyuma y’isezera rya bagenzi be

Umwe mu bapadiri bahoze bakorera umurimo muri Diyosezi Gatolika ya Butare nyuma akaza gusezera, yavuze ko imibereho mibi, kumva amabwire, itonesha ndetse n’icyenewabo bikorwa n’umushumba w’iriya Diyosezi ari byo bikomeje gutuma abapadiri basezera bya hato na hato. Mu Itangazamakuru rya hano mu Rwanda hiriwe inkuru ivuga ko Gasana Fidèle wahoze akorera ubutumwa muri iriya Diyosezi […]

Amafaranga ya FIFA yatangiye guteza umwiryane mu banyamuryango ba FERWAFA

Bamwe mu banyamuryango b’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru hano mu Rwanda, FERWAFA, binubiye uburyo iri shyirahamwe ryasaranganyije abanyamuryango baryo inkunga yatanzwe na FIFA mu rwego rwo kubafasha guhangana n’ingaruka za Covid-19. Ku munsi w’ejo ku wa Gatatu ni bwo FERWAFA yatangaje uburyo $1,000,000 yatanzwe na FIFA azasaranganywa mu banyamuryango bayo, mu rwego rwo kubafasha guhangana n’ingaruka za […]

Uganda: Col. Dr Kizza Besigye yatabye mu nama abafana be

Col. Dr Kizza Besigye yasigiye abamushyigikiye amarira, ishavu n’agahinda; ubwo yatangazaga ko ataziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe mu ntangiriro z’umwaka utaha. Ku munsi w’ejo ni bwo Besigye wari umaze igihe kirekire ahatana na Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yatangaje ko ataziyamamaza mu mwaka utaha. Ni nyuma y’inshuro […]

Ferwafa igiye kuremera buri kipe yo mu kiciro cya mbere 28,000,000Rwf

Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru hano mu Rwanda (Ferwafa )yateranye ku wa kabiri tariki ya 18 Kanama, yemeje ko buri kipe yo mu kiciro cya mbere hano mu Rwanda izahabwa angana na miliyoni 28 z’Amafaranga y’u Rwanda, nk’igice cy’ingoboka ya $1,000,000 yo guhangana n’ingaruka za Covid-19 FIFA yageneye buri shyirahamwe rinyamuryango ryayo. Ferwafa yavuze ko […]

Ronald Koeman wagizwe umutoza mushya wa FC Barcelona afite ibihe bigwi?

Ikipe ya FC Barcelona ikomeje kugaruka mu itangazamakuru umunsi ku wundi, yemeje Umuholandi Ronald Koeman nk’umutoza wayo mushya, asimbuye Quique Setién uheruka kwirukanwa nyuma y’umukino wa UEFA Champions league FC Barcelona yanyagiwemo na Bayern Munich ibitego 8-2. FC Barcelona yemeje ko Ronald Koeman w’imyaka 57 y’amavuko yemeye kuyibera umutoza “kugeza ku wa 30 Kamena 2022.” […]

Abarimo Karekezi Olivier bashyizwe mu kato nyuma yo kwitabira isabukuru y’umukunzi wa Sarpong

Abarimo umutoza wa Kiyovu Sports, Karekezi Olivier n’abakinnyi biganjemo aba Kiyovu Sports na Rayon Sports, bashyizwe mu kato nyuma yo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19 bakitabira ibirori by’isabukuru y’umukunzi wa Michael Sarpong wahoze akinira Rayon Sports. Ni ibirori byabereye i Nyamirambo ahazwi nka Fazenda ku cyumweru, byitabirwa n’abarimo incuti za hafi […]

Bwa mbere mu mateka PSG yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league

Ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu gihugu cy’u Bufaransa, yaraye igeze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league nyuma yo gusezerera Leipzig yo mu Budage iyitsinze ibitego 3-0. PSG yafashijwe cyane muri uyu mukino na Angel Di Maria wari wagarutse nyuma yo kudakina umukino wa Atalanta kubera amakarita y’umuhondo. Di Maria yatsinze igitego kimwe […]

Mali: Perezida Keita na Minisitiri w’Intebe batawe muri yombi n’abasirikare

Perezida wa Mali, Ibrahim Boubacar Keita na Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu, Boubou Cisse, bafungiwe mu murwa mukuru Bamako n’agatsiko n’abasirikare bagerageje gukora Coup d’Etat kuri uyu wa kabiri nyuma yo kubata muri yombi. Perezida wa Mali na Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu batawe muri yombi nyuma y’amasaha make abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi bagabye igitero ku kigo […]

RDC: Dr Mukwege washinje ingabo z’u Rwanda kwica impunzi muri RDC yabwiwe ko azicwa

Ishyirahamwe ry’abaganga baharaninira uburenganzira bwa muntu (PHR), rirasaba ko Dr Denis Mukwege uri mu barigize acungirwa umutekano mu buryo bwihariye, nyuma yo kubwirwa ko azicwa azira Raporo ye yise ‘Mapping Report’ ishinja ingabo z’u Rwanda kwica impunzi mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Dr Denis Mukwege ni umuganga w’Umukongomani ukorera i Bukavu mu […]

Umweyo muri FC Barcelona! Nyuma y’umutoza Setién hatahiwe Eric Abidal

Ikipe ya FC Barcelona kuri uyu wa kabiri, yemeje ko yamaze gutandukana n’Umufaransa Eric Abidal wari umaze imyaka ibiri ari Umuyobozi wa Siporo muri iriya kipe y’i Catalunya. FC Barcelona yemeje ko yatandukanye n’uyu mugabo mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa Internet. Yagize iti: “Barcelona na Éric bageze ku bwumvikane bwo gusesa amasezerano impande […]

Guma mu Rugo y’igihugu cyose turayikozaho imitwe y’intoki_Minisitiri Busingye

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnson Busingye, yaciye amarenga y’uko igihugu cyose gishobora gusubira muri gahunda ya Guma mu Rugo nyuma y’uko hari bamwe binangiye bakanga kubahiriza ingamba zo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19. Ni icyorezo imibare ya Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yerekana ko kimaze kwandurwa n’ababarirwa muri 2,540, barimo abantu umunani kishe […]

Ivuguruye: FC Barcelona yemeje ko Quique Setién atakiri umutoza wayo

Ikipe ya FC Barcelona kuri uyu wa mbere, yemeje ko Quique Setién atakiri umutoza wayo mukuru, nyuma yo gusezererwa muri UEFA Champions league ku wa Gatanu w’icyumweru gishize inyagiwe na Bayern Münich yo mu Budage ibitego 8-2. Ibyo bitego birimo bibiri bya Thomas Mürrer, bibiri bya Philippe Coutinho, icya Ivan Perisic, Serge Gnabry, Joshua Kimmich […]

Ibyo utamenye ku mukino Bayern Münich yanyagiyemo Real Madrid ibitego 9-1

Ikipe ya FC Barcelona nyuma yo guhabwa isomo rya ruhago na Bayern Münich iheruka kuyinyagira ibitego 8-2, yiyongereye kuri mukeba wayo Real Madrid na yo yigeze gutsindwa na Bayern Münich ibitego 9-1. Kumva ko FC Barcelona ya Messi yatsinzwe na Bayern Munich igitego kimwe cyangwa bibiri nta gitangaza kirimo, gusa kuba uwo mubare wararenze ukagera […]

Kenya: Imfungwa 11 zacukuye gereza ziracika

Imfungwa 11 zari zifungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kenya y’ahitwa Bungoma, zatorotse mu ijoro ryakeye nyuma yo gucukura za kasho zari zifungiyemo. Raporo Polisi ya Kenya yasohoye kuri iki cyumweru, ivuga ko mu rukerera ari bwo yatabajwe n’izindi mfungwa, nyuma y’uko zari zimaze kubona umwobo mu gikuta imfungwa 11 zanyuzemo zitoroka. Muri Raporo hari […]

Akari ku mutima w’Umunya-Argentine watoje abana ba FC Barcelona waje muri APR FC

Ikipe ya APR FC, yatangaje ko yamaze kwakira Umunya-Argentine Pablo Morchón, Umutoza ugomba kungiriza Mohammed Adil Erradi muri iyi kipe y’Ingabo z’igihugu. Ku wa Gatanu tariki 14 Kanama ni bwo umutoza Morchón wari umaze igihe ategerejwe mu Rwanda yageze i Kigali, abanza guca mu kato k’umunsi umwe yavuyemo ku munsi w’ejo. Uyu mutoza w’imyaka 42 […]

Ibitatekerezwaga! Man City yasuzuguwe na Lyon iyisezerera muri UEFA Champions league

Ikipe ya Olympique Lyonnais yo mu Bufaransa ibaye ikipe ya kane ikatishije itike ya 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions league, nyuma yo gusezerera muri 1/4 cy’irangiza Manchester City iyitsinze ibitego 3-1. Ni umukino Manchester City yahabwagamo amahirwe menshi yo gutsinda ikagera muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions, gusa kuba ikipe ya Lyon yari yasezereye Juventus […]

40% by’abagabo bo mu Rwanda ni bo bonyine basiramuye

Abagabo benshi mu Rwanda bamaze kwisiramuza kuva gahunda yo gusiramura yatangira mu gihugu, gusa Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda ivuga ko imibare y’abamaze kwisiramuza itaragera ku rwego yifuza. Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima mu Rwanda (RBC), kivuga ko mu mezi abiri ashize abagabo babarirwa mu bihumbi 35 ari bo basiramuwe binyuze muri gahunda ya Minisiteri y’Ubuzima. Arlette […]

UEFA CL: Bayern Munich inyagiye FC Barcelona ibitego 8 igera muri 1/2 cy’irangiza

Ikipe ya Bayern Munich ibaye ikipe ya gatatu ikatishije itike ya 1/2 cy’Irangiza muri UEFA Champions league y’uyu mwaka, nyuma yo kunyagira FC Barcelona ibitego 8-2 mu mukino wa 1/4 cy’irangiza. Ni umukino byari byitezwe ko uza gukomera kubera izina amakipe yombi afite, gusa uza korohera cyane ikipe ya Bayern Munich. Imvura y’ibitego FC Barcelona […]

Kaminuza y’u Rwanda yirukanye Karasira Aimable ushinjwa amakosa ane

Kaminuza y’u Rwanda kuri uyu wa gatanu tariki ya 14 Kanama, yandikiye Karasira Aimable wari umwarimu wayo imubwira ko imwirukanye mu bakozi bayo kubera amakosa yagiye akora mu bihe bitandukanye. Mu ibaruwa yandikiwe na Kaminuza y’u Rwanda yashyizweho umukono n’Umuyobozi wa UR, Prof. Philipp Cotton, Karasira yabwiwe ko yirukanwe nyuma yo “guhuriza hamwe amakosa [ye] […]

Gasogi United yasinyishije rutahizamu w’Umurundi yise ‘Intare y’akanwa Rwabwiga’

Ikipe ya Gasogi United kuri uyu wa gatanu, yemeje ko yamaze gusinyisha rutahizamu Iddy Museremu ukomoka mu gihugu cy’u Burundi yagereranyije nk’Intare y’akanwa Rwabwiga. Inkuru y’uko uyu musore yasinyiye iyi kipe yabanje gutangazwa n’ibitangazamakuru by’iwabo i Burundi, mbere yo kwemezwa na Gasogi United ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter. Ubutumwa ikipe ya Gasogi yatambukije buragira […]

Umuriro uraka hagati ya FC Barcelona na FC Bayern Münichn

Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu, haramenyekana ikipe imwe hagati ya FC Barcelona yo muri Espagne na Bayern Münichn yo mu Budage, yiyongera kuri abiri yamaze gukatisha itike ya 1/2 cy’irangiza mu mikino ya UEFA Champions league ikomeje kubera i Lisbon mu gihugu cya Portugal. Mu ijoro ryakeye ikipe ya Leipzig yo mu Budage […]

U Rwanda n’u Burundi byemeranyije igihe impunzi za mbere zizatahukira

Inama yahuje intumwa z’ibihugu by’u Rwanda n’u Burundi hamwe n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR ku kibazo cy’impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda zifuje gutaha, yanzuye ko ikiciro cya mbere cy’izo mpunzi kizataha ku wa 27 Kanama 2020. Bwari ubwa mbere u Rwanda n’u Burundi biganiriye ku kibazo cy’impunzi z’Abarundi zimaze imyaka itanu mu nkambi […]

FC Barcelona yahawe amahirwe yo gusinyisha Cristiano Ronaldo

Inkuru ikomeje kugaruka mu binyamakuru bikomeye byandika Siporo ku mugabane w’u Burayi, iravuga rurahizamu Cristiano Ronaldo yahawe amahirwe yo kwerekeza muri FC Barcelona, ibyatuma ku ncuro ya mbere akinana na Lionel Messi bahora bahanganye. Ni abakinnyi abenshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru bifuje kubona basenyera umugozi umwe nyuma y’imyaka irenga 15 bamaze bahanganye, gusa nta rimwe […]

Kayonza: Umuyobozi w’ishuri akurikiranweho kwiba ‘Fer à beton’

Kanamugire Pascal wari umuyobozi w’Urwunge rw’Amashuri rwa Mukarange Catholique mu karere ka Kayonza, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB we n’abandi bagabo babiri, nyuma yo gufatirwa mu cyuho bagiye kugurisha ibyuma bya Fer á beton zari zigenewe kubaka ibyumba by’amashuri muri gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda. Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya […]

Rayon Sports n’aho yashinga ikipe y’abasaza, sinayijyamo_Migi

Mugiraneza Jean Baptiste bita Migi, yahishuye ko akimara kwirukanwa na APR FC mu mwaka ushize hari abayobozi ba Rayon Sports bashatse ko ajya gukinira ikipe yabo, gusa akabakurira inzira ku murima ahanini bitewe n’umwuka mubi wakunze kugaragara hagati ye n’abafana ba Rayon Sports. Mu mpeshyi y’umwaka ushize ni bwo Mugiraneza wari Kapiteni wa APR FC […]

UEFA Champions league: PSG itsinze Atalanta hamana igera muri 1/2 cy’Irangiza

Ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu gihugu cy’Ubufaransa, ibaye ikipe ya mbere ishoboye kugera muri 1/2 cy’irangiza mu mikino ya UEFA Champions league y’uyu mwaka, nyuma yo gutsinda bigoranye ikipe ya Atalanta yo mu gihugu cy’u Butaliyani. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wabimburiye 1/4 cy’Irangiza cya UEFA Champions, mu mukino wabereye i Lisboa mu […]

Sudani y’Epfo: Abarenga 120 baguye mu mirwano yasakiranyije abasirikare n’abasivile

Abantu babarirwa mu 127 bo muri Sudani y’Amajyepfo, ni bo bimaze kumenyekana ko baguye mu mirwano yasakiranyije abaturage n’abasirikare b’icyo gihugu yabereye muri Leta ya Warrap iherereye mu majyepfo ya Sudani y’Epfo. Ni amakuru yemejwe n’Umuryango w’Abibumbye binyuze mu muvugizi wawo, Stephane Dujarric, wavuze ko Ingabo zawo ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Sudani […]

Nta na rimwe abasirikare b’u Rwanda bigeze bambuka muri Uganda- Minisitiri Biruta

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yanyomoje ibiherutse gutangazwa n’igihugu cya Uganda cyashinje ingabo z’u Rwanda kwambuka umupaka w’u Rwanda zikajya gushimuta abaturage ku butaka bwa Uganda. Mu cyumweru gishize ni bwo hamenyekanye inkuru ivuga ko Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yasabye abaturage b’igihugu cye kwirinda gukorera ingendo mu Rwanda, mu gihe […]

Inkumi iri mu byishimo by’imyaka 28 imaze irwaye SIDA

Doreen Moraa Moracha, umukobwa w’inkumi wo mu gihugu cya Kenya, yishimiye kwizihiza isabukuru y’imyaka 28 y’amavuko amaze abana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA. Ni urugamba rutoroshye kubana na kiriya cyorezo, ibyatumye Doreen yishimira imyaka 28 amaze abana na kiriya cyorezo nk’uko yabigaragaje ku rubuga rwe rwa Facebook. Abinyujije kuri urwo rubuga yagize ati: “Kuva mu 1992 […]

Rubavu/Gisenyi: Abayobozi basabwe gusobanura ibya miliyoni 86 z’irondo zaburiwe irengero

Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu, bwahamagaje abayobozi b’umurenge wa Gisenyi uri mu yigize ako karere ngo basobanure ibya miliyoni 86 z’Amafaranga y’u Rwanda y’imisanzu y’irondo yaburiwe irengero. Ku wa 04 Kanama ni bwo imyanzuro y’Inama njyanama y’akarere ka Rubavu yateranye muri Gicurasi uyu mwaka, yerekanye ko hari amafaranga abarirwa muri 86,000,000Rwf yari agenewe irondo mu murenge […]

Uganda: Museveni yategetse itabwa muri yombi ry’abapolisi bagize uruhare mu isenywa ry’urusengero

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yategetse itabwa muri yombi ryihuse ry’Abapolisi bagize uruhare mu isenywa ry’urusengero rw’Abangilikani rwitiriwe Mutagatifu Petero rw’ahitwa Ndeeba mu karere ka Lubaga. Mu ijoro ryo ku cyumweru ni bwo ruriya rusengero rwasenywe, ahanini bitewe n’amakimbirane ashingiye ku butaka yabaye hagati y’ubuyobozi bw’urusengero n’umucuruzi wo muri ako gace witwa Dodovico. Amakuru […]

Amarozi yanyirukanishije muri APR FC_Eric Nshimiyimana

Umutoza Eric Nshimiyimana utoza ikipe ya AS Kigali, yatangaje ko amarozi yashinjwe muri APR FC mu bihe bitandukanye agatuma yirukanwa muri iyo kipe y’Ingabo z’Igihugu ari mu byamubabaje mu buzima. Eric Nshimiyimana yakiniye APR FC imyaka irindwi, kuva mu 1994 kugeza mu 1997; ndetse no kuva mu mwaka wa 2000 kugeza muri 2004. Uyu mugabo […]

U Rwanda ntirwishimiye Laure Uwase washyizwe muri komisiyo izafasha abadepite b’u Bubiligi kwiga ku bukoloni

Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda kuri uyu wa mbere, yatangaje ko yishimiye icyifuzo cy’Inteko Ishinga Amategeko y’Ububiligi cyo gushyiraho Komisiyo idasanzwe izafasha badepite b’icyo gihugu kwiga ku mateka y’ubukoloni bw’Ububiligi mu Rwanda, Congo Kinshasa n’u Burundi; gusa igaragaza ko ihangayikishijwe no kuba akanama k’impuguke zizafasha iyo Komisiyo karimo Uwase Laure wakunze kumvikana apfobya Jenoside yakorewe […]

Rutsiro: Abayobozi baheruka guhagarikwa ku mirimo batawe muri yombi

Abakozi 14 muri 16 akarere ka Rutsiro gaheruka guhagarika ku mirimo by’agateganyo, batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ngo babazwe umutungo wa Leta bakekwaho kunyereza. Ku wa kane tariki ya 6 Nyakanga ni bwo ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro bwatangaje ko bwahagaritse by’agateganyo abakozi 16 bakurikiranweho kunyereza umutungo wa Leta. Abo bahagaritswe mu gihe kitari […]

RGB yahagaritse inzego zose za Rayon Sports isiga Komite Nyobozi

Perezida wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate, yatangaje ko inzego zose za Rayon Sports zamaze guhagarikwa uretse Komite nyobozi gusa, nyuma y’icyemezo cyafashwe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere, RGB. Ibi bishingiye mu ibaruwa ubuyobozi bwa Rayon Sports bwashyize hanze kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kanama 2020, yashyizweho umukono na Perezida Sadate. Perezida Sadate yavuze ko icyemezo […]

Icukumbura rya Bwiza ku muntu RIB ikurikiranyeho gucuruza abakobwa

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kuri uyu wa mbere, rweretse Itangazamakuru Bizimana Celestin ukurikiranweho ibyaha bitandukanye, birimo icyo gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi binyuze mu gucuruza abakobwa ku bagabo mu bikorwa by’ubusambanyi. Bwiza.com yamenye ko ku wa 4 Kanama 2020, Bizimana yahamagaye umusore w’Umunyarwanda, amusaba kumushakira abakobwa b’ikimero bo gucuruza muri imwe mu mahoteli yo […]

Mahama: Impunzi ziravuga ko zashyizwe ku rutonde rw’abagomba gutahuka zitabizi

Zimwe mu mpunzi z’Abarundi zicumbikiwe mu nkambi ya Mahama iherereye mu karere ka Kirehe, ziravuga ko zashyizwe ku rutonde rw’impunzi zifuje gutahuka mu gihugu cyazo zitabimenyeshejwe, zigasaba kurukurwaho. Ku wa 26 Nyakanga ni bwo hasohotse urutonde rw’impunzi z’Abarundi zirenga 300 zandikiye Perezida Evariste Ndayishimiye, zimusaba kuganira na Leta y’u Rwanda ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita […]

Burundi: Batatu baheruka gutera amabuye imodoka za Perezida Ndayishimiye bakatiwe imyaka 30

Ubutabera bw’u Burundi kuri iki cyumweru, bwakatiye igifungo cy’imyaka 30 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutera amabuye imodoka zari ziherekeje Perezida, Evariste Ndayishimiye, bagamije kumugirira nabi. Imodoka zari ziherekeje Perezida Ndayishimiye zaterewe amabuye ahitwa Musave, agace gaherereye muri Komini Kayanza ho mu ntara ya Kayanza. Byabaye ku wa gatatu tariki ya 05 Kanama, ubwo umukuru […]

Uganda: Abasirikare batandatu bahamijwe iyicarubozo

Urukiko rwa gisirikare muri Uganda, rwakatiye igifungo cy’amezi atandatu abasirikare batandatu b’icyo gihugu, nyuma yo guhamwa n’icyaha cy’iyicarubozo. Batandatu bahamijwe iyicarubozo barimo Lieutenant Denis Gumisiriza, Sergeant Francis Ethiano, Corporal Paul Mukyansi, Corporal Kolo Mwanze, Corporal Ismael Muchunguzi na Private Wefura Dickson. Umuvugizi wa Diviziyo ya kabiri y’igisirikare cya Uganda UPDF bariya basirikare babarizwagamo, Maj. Charles […]

Sepp Blatter yahishuye ko yirukanwe muri FIFA azira umugabane wa Afurika

Umusuwisi Sepp Blatter wahoze ayobora Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), yatangaje ko atabona umugabane wa Afurika wongera kwakira imikino y’Igikombe cy’Isi vuba, anahishura ko kuba yarahaye uyu mugabane kwakira igikombe cy’Isi muri 2010 biri mu byatumye yeguzwa muri FIFA. Blatter yayoboye FIFA imyaka 17 kugeza mu Kuboza mu 2015, ubwo yeguzwaga kubera ruswa yavugwaga […]

UEFA CL: FC Barcelona na Bayern Munich ziyongereye mu makipe azakina 1/4 cy’irangiza

Amakipe ya FC Barcelona yo muri Espagne na FC Bayern Munich yo mu Budage, yiyongeye ku makipe azakina imikino ya 1/4 cy’irangiza cya UEFA Champions league nyuma y’uko Barcelona isezereye Napoli yo mu Butaliyani ku giteranyo cy’ibitego 4-2, mu gihe Bayern Munich yo yasezereye Chelsea ku giteranyo cy’ibitego 7-1. FC Barcelona yari yakiriye Napoli i […]

Juventus yirukanye umutoza Maurizio Sarri

Ikipe ya Juventus yo mu gihugu cy’u Butaliyani, yirukanye Umutaliyani Maurizio Sarri wari umutoza wayo mukuru, nyuma yo gusezererwa rugikubita mu mikino ya UEFA Champions league. Mu ijoro ryakeye ikipe ya Juve ni bwo yasezerewe muri 1/8 cya UEFA Champions league, nyuma yo gutsinda Olympique Lyonnais yo mu Bufaransa ibitego 2-1, ariko ntikomeze muri 1/4 […]

Tanzania: Kagere yahembwe nka rutahizamu w’umwaka anashyirwa mu kipe ya 11 beza

Rutahizamu Meddie Kagere ukinira ikipe y’igihugu Amavubi, yahembwe nka rutahizamu wahize abandi muri shampiyona ya Tanzania, anashyirwa mu kipe y’abakinnyi 11 beza baranze iyo shampiyona mu mwaka w’imikino ushize. Kagere ni umwe mu bafashije Simba Sports Club kwegukana igikombe cya shampiyona, nyuma yo kuyitsindira ibitego 21 mu mikino ya shampiyona. Igihembo cya rutahizamu w’umwaka yahawe […]

Rutsiro: Abayobozi bahagaritswe ku mirimo baravuga ko bazize amakosa yakozwe n’Akarere

Abakozi b’Akarere ka Rutsiro baheruka guhagarikwa by’agateganyo ku mirimo yabo, baravuga ko ibyo bakorewe ari akarengane, bakemeza ko bazize amakosa yakozwe n’ubuyobozi bw’Akarere. Ku wa kane tariki ya 6 Nyakanga ni bwo ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro bwatangaje ko bwahagaritse by’agateganyo abakozi 16 bakurikiranweho kunyereza umutungo wa Leta. Abo bahagaritswe mu gihe kitari munsi y’amezi atandatu […]

UCL: Amakosa ya Varane yasezereye Real Madrid, ibitego bya Cristiano biba imfabusa imbere ya Lyon

Amakipe ya Manchester City ya Olympique Lyonnais yo mu Bufaransa, yakatishije itike ya 1/4 cy’irangiza cya UEFA Champions league, nyuma y’uko Manchester City isezereye Real Madrid na ho Olympique Lyonnais igasezerera Juventus. Real Madrid y’umutoza Zinedine Zidane yari yasuye Manchester City ku kibuga cyayo El Etihad, mu mukino yasabwaga gutsindamo ibitego biri hejuru ya bibiri […]

Perezida Ndayishimiye yabwiye u Rwanda icyo rwakora rukongera kugenderana n’u Burundi

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yavuze ko niba u Rwanda rwifuza imigenderanire n’igihugu cye rugomba kubanza kumushyikiriza abakoze amahano muri icyo gihugu rucumbikiye kugira ngo baryozwe ibyo bakoze. Ku wa kane w’iki cyumweru Perezida Ndayishimiye yari ari mu ntara ya Kirundo ihana imbibi n’u Rwanda, mu ruzinduko yari yahagiriye mu rwego rwo kumurikira abayituye Guverineri […]

Ntitwifuza kugirana imigenderanire n’igihugu gikoresha uburyarya- Perezida Ndayishimiye

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yavuze ko igihugu cye cyiteguye kugirana umubano n’ibihugu by’amahanga, gusa kikaba kitazigera na rimwe kiwugirana n’ibihugu by’indyarya. Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi yabitangaje ku wa kane w’iki cyumweru, ubwo yari yasuye abaturage bo mu ntara ya Kirundo mu majyaruguru y’u Burundi, mu rwego rwo kubamurikira Guverineri mushya w’iyo ntara, Albert Hatungimana. […]

Hari abantu numvaga mfitiye ideni ryo gukinira Rayon Sports- Muhadjiri

Rutahizamu Hakizimana Muhadjiri yavuze ko yumvaga hari abantu abereyemo ideni ryo gukinira Rayon Sports, gusa kuba hari ibyo yumvikanye n’ubuyobozi bw’iyo kipe agatinda kubihabwa ikaba ari yo mpamvu yayiteye umugongo agahitamo gusinyira ikipe ya AS Kigali. Ku munsi w’ejo ni bwo AS Kigali yatangaje Hakizimana Muhadjiri nk’umukinnyi wayo mushya, nyuma yo kumusinyisha umwaka umwe w’amasezerano. […]