Abanyamulenge basanga Col. Makanika ari amizero y’ugutabarwa

Nyuma y’uko Col. Michel Rukunda uzwi nka Makanika ateye umugongo igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), Abanyamulenge basanga uyu mugabo ari we uzabafasha kwigobotora imitwe y’inyeshyamba imaze igihe ibahiga bukware. Mu ntangiriro za Mutarama uyu mwaka ni bwo igisirikare cya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo cyatangaje ko Col. Michel Rukunda wari mu bakuru […]

Perezida Magufuli yabuze amahitamo hagati ya Simba na Yanga

Perezida John Pombe Magufuli wa Tanzania, yabuze amahitamo y’ikipe agomba gufana hagati ya Young Africans na Simba SC, ahitamo kujya kureba umukino w’amakipe yombi yambaye umwambaro urimo amabara ya buri kipe. Ku cyumweru ku wa 08 Werurwe ni bwo Young Africans yari yakiriye Simba SC, mu mukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona ya Tanzania. Uyu […]

Ese kwirinda Coronavirus birashoboka mu gihe abagenzi bagihekana muri za Shirumuteto?

U Rwanda kimwe n’Isi yose bikomeje gushyiraho ingamba zigamije kurwanya icyorezo cya Coronavirus gikomeje guhitana umubare w’abatari bacye cyane ko ubu kimaze kugaragara mu bihugu bisaga 100 ndetse hakaba hari n’impungenge ko gishobora no kuzagera mu bihugu byose bigize uyu mubumbe. Nyuma y’ingamba zitandukanye zagiye zifatwa n’inzego yaba iz’abikorera n’iza Leta, abatega imodoka zitwara abagenzi […]

Imibare igezweho ku ndwara ya Coronavirus ku Isi

list.jpg

Indwara ya Coronavirus (COVID-19) imaze kuzahahaza Isi kuva yakwibasira Ubushinwa mu Mpera z’umwaka wa 2019, mu gace ka Wuhan mu Ntara ya Hubei. Iyi ndwara yagiye ikwirakwira ku Isi binyuze mu kuyanduzanya hagati y’abantu. Kuri ubu nta mugabane wo ku Isi iyi ndwara itarageraho. Dore uko imibare ihagaze kugeza ubu nk’uko ibitangazamakuru mpuzamahanga bibitangaza ndetse […]

Se wa Fresh Kid ashobora gufungwa azira amafaranga y’umuhungu we

Minisitiri w’Urubyiruko n’Imibereho y’Abana muri Uganda Hon. Florence Nakiwala Kiyingi yavuze ko azafunga Paul Mutabazi bakunze kwita Fresh Daddy kubera gusesagura amafaranga y’umuhungu we Fresh Kid. Ibintu byafashe indi ntera ubwo uyu Fresh Daddy hamwe n’itsinda bari bahamagarwanywe bananirwaga gusobanuda imikoresherezwe y’amafaranga yabaga kuri konti y’umuhungu we Fresh Kid ibintu byababaje cyane Hon.Nakiwala ndetse ababwira […]

TP Mazembe yirukanye umutoza wayo nyuma yo gusezererwa muri CAF Champions League

Nyuma yo y’amasaha make ikipe ya Tout Puissant Mazembe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo isezerewe na Raja Cassablanca yo muri Maroc muri 1/4 cya CAF Champions League, ubu yamaze gusezerera umutoza wayo, Pamphile Mihayo Kazembe wari uyazemo imyaka igera kuri itatu. Ubu iyi kipe y’umuherwe Moise Katumbi CHAPWE akaba ari na we perezida […]

Kigali: Imvubu yari imaze igihe yarajujubije abaturage yarashwe irapfa

Imvubu yari imaze iminsi yarajujubije abaturage b’imirenge ya Rusororo mu karere ka Gasabo na Masaka mu karere ka Kicukiro yarashwe n’abashinzwe umutekano irapfa. Bwiza.com yavuganye n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Masaka, Nsengiyumva Vincent, avuga ko iriya mvubu yarashwe nyuma y’uko abaturage bagaragaje ko yari imaze igihe ibonera imyaka. Yagize ati” Iyo mvubu yagaragaye ku gishanga kigana […]

Green Party yatangiye imyiteguro y’amatora y’Umukuru w’Igihugu

Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije, Democratic Green Party, ryatangiye imyiteguro y’amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu mwaka wa 2024, abayobozi baryo bahamagarira abanyamuryango kurangwa n’imyitwarire ikwiye kuranga Abanya Politiki. Imyiteguro yatangiye abayobozi b’ishyaka basaba abayoboke kurangwa n’imyitwarire ya politiki kugira ngo bagumane isura nziza kandi babere icyitegererezo abandi bashobora kuziyamamaza. Ku wa 06 Werurwe ni […]

Amatsiko ni menshi ku bitabira igitaramo ‘Ikirenga mu bahanzi’ kibura amasaha make ngo kibe

Abakunzi b’umuziki gakondo bategerezanyije amatsiko igitaramo cy’imbaturamugabo cyiswe ‘Ikirenga mu bahanzi’, giteganyijwe kubera muri Camp Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa 08 Werurwe 2020. Ni igitaramo cyateguwe na Bwiza Media ku bufatanye na Karibu ASBL, mu rwego rwo gushimira umuhanzi Cécile Kayirebwa ku bw’uruhare yagize mu kumenyekanisha umuco nyarwanda mu Rwanda no mu mahanga. […]

Jya usohorera hanze- Impirimbanyi y’uburengazira bwa muntu ibwira Diamond

Umunya- Tanzania akaba n’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, Mange Kimambi uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, yibasiye Umuhanzi Naseeb Abdul Juma uzwi nka Diamond Platnumz amuziza gutera inda umugore wese bakundanye atabanje gutekereza ku ngaruka, amusaba kuzajya asohorera hanze mu rwego rwo kudatera inda. Mange uzwiho kuba yangana urunuka na Zari wigeze gukundana na Diamond, yaherukaga kwandika […]

Uburyo 5 karemano wakoresha wirinda gutakaza umusatsi

Ni kenshi uzasanga abantu cyane cyane igitsina gore bahangayikishijwe no gutakaza umusatsi biterwa no kuba wapfuka cyangwa kwanga gukura. Nubwo abenshi bibwira ko ibi bikunze kuba ku gitsina gabo si ko biri kuko n’igitsina gore gihura n’iki kibazo Kandi kikabazahaza cyane ndetse bamwe bakabyumva nko gutakaza uburanga bwabo. Ibi biterwa n’ibibazo byinshi bitandukanye birimo ibishobora […]

Kiliziya: Guhana ibiganza no guhoberana mu guhana amahoro ya Kirisitu ntibicyemewe

Mu gihe icyorezo cya Coronavirus gikomeje guhangayikisha no guhitana umubare munini w’abatuye isi, ubuyobozi bwa kiliziya Gatolika mu Rwanda bwashyizeho amabwiriza mashya abayoboke bayo kimwe n’abandi banyarwanda bagomba kubahiriza mu rwego rwo kugikumira. Aya mabwiriza ashyizweho na kiliziya aje akurikira ayashyizweho na Leta y’u Rwanda ashingiye cyane cyane ku gukaza isuku no kwirinda guhoberana, gusomana, […]

Zari yavuze amagambo akomeye kuri Diamond anihanganisha Tanasha Donna

Hashize iminsi mike amakuru y’itandukana ry’umuhanzi w’icyamamare Diamond Platnumz na Tanasha Donna yacaracaye ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariko Tanasha atangira kujya yandika amagambo arimo agahinda kenshi yatewe no kuba Diamond yaramuciye inyuma byanatumye uyu mukobwa ahita yisubirira iwabo muri Kenya. Nyuma y’uko umuhanzikazi w’umunyakenya, wakoraga kuri NRG Radio muri Kenya, Tanasha Donna avuze ko ibye na […]

Umusore yafatiwe mu cyuho yimya ihene

Umusore w’Umunya-Nigeria wo mu gace ka Ado Ekit gaherereye muri Leta ya Ekit, yafashwe n’abaturage asambanyiriza ihene mu nzu ituzuye. Uyu musore wavuze ko yitwa Peter David, yabanje gufatwa n’amashusho asambanya iriya hene, mbere yo gutegekwa gukomeza kuyimya ubwo bamugwaga gitumo ayiri hejuru. David, yasobanuye ko atari ubwa mbere yari yimije ihene, ngo kuko no […]

Gen. Tumukunde yavuze icyo yakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Uwahoze ari Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, (Rtd) Lt. Gen. Henry Tumukunde uherutse gutangaza ko azahatana na Yoweri Museveni mu matora y’umukuru w’igihugu muri Uganda, yavuze ko aramutse amutsinze yamucungira umutekano akanamuha ibimutunga, nk’ikimenyetso cyerekana isura nziza ya politiki. Ibi Gen. Tumukunde yabitangaje mu kiganiro cyihariye yagiranye n’ikinyamakuru Daily Monitor. Amatora y’umukuru w’igihugu muri Uganda ateganyijwe […]

Ubutaliyani: Hafunguwe radiyo ya Coronavirus

U Butaliyani ni kimwe mu bihugu biri kwibasirwa n’icyorezo cya Corona Virus, kuri ubu iki gihugu cyafunguye Radiyo igiye kujya itanga ubutumwa bujyanye n’ubuzima n’uburyo bwo kwirinda Virus ya Corona (COVID-19) Radio Red Zone ni izina ryahawe iyi radiyo ,ivugira mu gace k’umugi ka Codogno agace kazwi nka Wuhan of Italy,kakaba ari agace kamaze iminsi […]

Uko byifashe i Nyamagabe nyuma y’imvura yahitanye batanu bari mu buvumo

Amakuru ahari ni uko kugeza ubu abantu batanu muri 11 bo mu Karere ka Nyanza bapfuye ku mugoroba wo kuwa wa 05 Werurwe, ubwo umuvu w’amazi wabasangaga mu buvumo buherereye mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe basengeragamo. Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Sylivestre Twajamahoro, yabwiye Bwiza.com ko buriya buvumo bwarimo […]

2020: Abasaga 50 bishwe n’ibiza bikomoka ku mvura

Minisiteri y’Ubutabazi mu Rwanda (MINEMA) yatangaje ko kuva muri Mutarama uyu mwaka WA 2020, abantu 53 ari bo bamaze gupfa, bazize ibiza byatewe n’imvura nyinshi imaze iminsi igwa hirya no hino mu gihugu. Uretse kuba iyi mvura yaratwaye ubuzima bwa benshi, ibiza byatewe n’imvura byanakomerekejwe 84 ndetse yangiriza hegitari 196 z’imyaka, isenya inzu 858 ndetse […]

Byinshi ku mukobwa ushenye urugo rwa Tanasha na Diamond

Amakuru yagiye ahagaragara avuga ko Tanasha Donna wahoze ari umukunzi wa Diamond Platnumz, yatangiye gutakarizwa ikizere amaranye mu rukundo n’uriya muhanzi amezi atanu ndetse ahakaba hari umukobwa ubu ushyirwa mu majwi nk’umusimbura we. Amakuru ari hanze avuga ko nyina wa Diamond atigeze akunda Tanasha, bijyanye n’uko hari ikizungerezi cyo mu gihugu cya Oman yari yaramaze […]

Umugabo wanjye iyo yanyoye inzoga atera akabariro ntarangize nkore iki?

Ndi umugore wubatse vuba ariko ntabwo nywa inzoga mu gihe umugabo wanjye we asomaho nubwo atari cyane. iyo tugeze mu gikorwa cyo kubaka urugo, umugabo wanjye ntajya arangiza. Umugabo ashobora no kumara isaha yose kandi njye birambangamira kuko mba narushye kandi ntaba ashaka kurekeraho. Iyo yagasomyeho ni bwo aba ashaka gukora imibonano mpuzabitsina cyane, kandi […]

Polisi yatabaje FERWAFA iyisaba kuyirenganura ku ‘karengane’ yakorewe ikina na APR

barua.jpg

Ikipe ya Police FC yandikiye ubuyobozi bw’Ihyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWFA) isabwa kurenganurwa ku karengane yakorewe ikina na APR FC. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino w’umunsi wa 21 wa shampiyona wakiniwe kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, ku wa 04 Werurwe 2020. Igitego cya Danny Usengimana ni cyo cyatandukanyije impande zombi, kinahesha ikipe […]

Ngoma: Kuva VUP yatangira abayikoramo ntibarahembwa amafaranga yuzuye

Abakora muri gahunda ya VUP bo mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma, bavuga ko kuva iyi gahunda yatangira mu murenge wabo nta na rimwe barahembwa amafaranga yose baba bakoreye. Bavuga ko kuva iriya gahunda yatangira bahora babasigaramo imibyizi y’iminsi 30. Umwe muri bo yabwiye TV 1 ko ” Niba dukora nk’amakenzeni atatu, baraduha […]

Nta mugore nigeze nsaba kunkunda-Diamond Platnumz

Umuhanzi Diamond Platnumz yasubije abamushinja kuba imbata y’abagore, avuga ko kuba abagore bamukunda ntawe aba yashyizeho agahato. Ibi uyu muhanzi ukunzwe cyane mu njyana ya Bongo Flavor, yabitangaje ku wa 04 Werurwe ubwo yaganiraga n’Abanyamakuru. Diamond yari yatumiye abanyamakuru abinyujije ku mbuga nkiranyambaga ze, mu kiganiro cyabereye muri Serena Hotel i Dar Es- Salaam. Ni […]

Gasabo: Abaturage baratabaza Perezida Kagame ngo abafashe guca imikino y’amahirwe

Abakina imikino y’amahirwe izwi nka”Betting” bo mu karere ka Gasabo, barasaba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame kubafasha guca iyi mikino bashinja kubatindahaza. Ibi Ababetinga babitangaje, nyuma y’uko bamwe muri bo bariye amafaranga muri kompanyi ya ForteBet ariko ikabima ayo batsindiye. Abaganiriye na TV1 ubwo yabasangaga ku kicaro cya ForteBet kiri i Remera mu […]

Ntabwo bisanzwe ni bwo twabona iyi nzara- Abaturage

Bamwe mu baturage bo hirya no hino mu gihugu, bavuga ko bahangayikishijwe n’izamuka ry’ibiciro ku masoko yo hirya no hino, ibyo bavuga ko bishobora kubateza inzara batigeze babona kandi ishobora no kumara igihe kirekire. Ibi abaturage babishingira ku kuba nko mu mezi abiri ashize ibiciro by’ibyinshi mu bicuruzwa nkenerwa mu buzima bwa buri munsi bw’urugo […]

Abakoze ibizamini byo kwigisha bazabisuziramo

Bamwe mu barezi batangaje ko bishimiye icyemezo cyafashwe na Minisiteri y’uburezi, nyuma yo gutangaza ko abarimu bari bakoze ibizamini by’akazi mu Kuboza 2019 bagomba kubisubiramo. Ni ibizamini byakozwe ku wa 10 Ukuboza 2019, bigamije gushaka byibura abarimu bashya 7.214 bo mu mashuri abaza n’ayisumbuye. Minisitiri w’uburezi, Dr Valentine Uwamariya, yavuze ko abarimu bamwe bahawe ikizamini […]

Abakinnyi ba Eritrea bakiriwe iwabo nk’abami nyuma yo kwegukana Tour du Rwanda 2020

esrndagxuaaglnd.jpg

Abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Eritrea bakina umukino wo gusiganwa ku magare, bakiriwe mu buryo bw’agahebuzo bakigera iwabo, nyuma yo kwegukana Tour du Rwanda ya 2020. Kuri uyu wa 04 Werurwe ni bwo abakinnyi ba Team Eritrea basesekaye i Asmara bakubutse i Kigali, bakorerwa akarasisi kadasanzwe n’abaturage ba kiriya gihugu. Amafoto yagiye hanze agaragaza imodoka nyinshi […]

Alpha Rwirangira yaba ahugiye ku ki?

Umuhanzi Alpha Rwirangira watwaye igihembo cya Tusker incuro ebyiri, yiyemerera ko agifite umwanya wo gukora umuziki n’ubwo hari akandi kazi gakomeye afite gasigaye gatuma atawukora uko bikwiriye. Rwirangira uri mu bahanzi bagifite igikundiro yize ibijyanye no gusemura indimi muri Amerika, maze abona akazi kamusaba umwanya munini ku buryo gatuma atabona umwanya uhagije wo gukora umuziki. […]

Asigaje gutera inda mu Rwanda n’ i Burundi -Rayvanny avuga Diamond

Umuhanzi Raymond Shaban Mwakyusa uzwi mu muziki wa Tanzania nka Rayvanny, yavugiye kuri mugenzi we Diamond Platnumz nyuma y’igisa no guandukana n’umukunzi we Tanasha Donna. Rayvanny na Diamond basanzwe ari incuti magara, yemwe bombi banabarizwa mu nzu imwe ya Wasafi itunganya umuziki gusa Diamond ni we bosi we. Ni inzu bakoreyemo indirimbo zakunzwe nka Mwanza, […]

Nyarugenge: Hari abanga gukaraba intoki nk’uburyo bwashyizweho mu kwirinda Coronavirus

Bamwe mu bakoresha umunsi ku wundi isoko rya Nyarugenge riherereye rwagati mu Mujyi wa Kigali, baracyaseta ibirenge mu kugira umuco wo gukaraba intoki uwabo, nyamara biri mu byibanze bishobora gufasha abantu kwirinda icyorezo cya Coronavirus (COVID-19) gikomeje kuyogoza Isi. Ku isoko rya Nyarugenge ni hamwe mu hantu hahurirwa n’abantu benshi , ari na yo mpamvu […]

Inama y’ibihugu bigize EAC iraba mu minsi mike

Inama ya 21 y’abakuru b’ibihugu bya Afurika y’iburasirazuba yagiye isubikwa kenshi, izaba ku wa 16 Werurwe uyu mwaka nk’uko byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, Olivier Nduhungirehe. Isubikwa ryabanje Kuva mu mwaka ushize wa 2019 iyi nama yasubitswe incuro ebyiri, ku busabe bwa Sudani y’Amajyepfo yagiye yifuza guhabwa […]

Babu Owino warasiye umuntu mu kabyiniro k’Umunyarwanda yoroherejwe igihano

Urukiko Rukuru rwo muri Kenya rwavuguruye ingwate ingana na miliyoni 10 z’amashilingi ya Kenya Depite Babu Owino yari yategetswe gutanga, mu rubanza aregwamo gushaka kwica umuntu. Depite Owino ashinjwa kuba yarashatse kwivugana Felix Orinda uzwi ku izina rya DJ Evolve, mu ijoro ry’itariki ya 17 Mutarama ubwo bari bahuriye mu kabyiniro kitwa B Club gaherereye […]

Tanasha yamaze kuzinga utwangushye asubira muri Kenya

Uwari umukunzi wa Diamond Platnumz, Tanasha Donna yamaze gupakira ibye yerekereza muri Kenya nyuma y’ibyafashwe nko gutandukana n’uwari umukunzi we babanaga muri Tanzania. Amakuru avuga ko Tanasha Donna atabashije kwihanganira ingeso ya Diamond yo gucana inyuma, we yakekaga ko ngo yaretse. Esma Platnumz, mushiki w’umuhanzi Diamond Platnumz, yaciriye ku mayange Tanasha Donna wari umukunzi wa […]

Abadepite batewe impungenge n’amabanki ashyira imbere cyamunara

Abadepite bagaragaje ko batumva impamvu ibigo by’imari bikoresha cyamunara yonyine kugira ngo byishyurwe imyenda biba biberewemo, kandi nyamara hari n’ubundi buryo buteganywa n’amategeko bushobora gukoreshwa. Abadepite bagaragaje iki kibazo mu gihe amategeko ateganya ko hari uburyo bune ibigo by’imari bishobora kwishyurwamo imyenda, gusa ibyinshi muri byo bikaba bihitamo gukoresha cyamunara gusa. Itegeko ryo muri Gicurasi […]

FARDC yafashe Col. Masamba wari mu bakomeye muri FLN

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyataye muri yombi Col. Masamba Marc wari umuyobozi wungirije w’umutwe w’inyeshyamba za FLN zishamikiye ku mpuzamashyaka MRCD. Amakuru avuga ko Col. Masamba yafatanwe n’abandi barwanyi babarirwa muri 30. Amakuru agera kuri Bwiza.com avuga ko ziriya zafashwe nyuma yo kugwa mu gico cya FARDC zigerageza kwinjira mu Burundi. […]

Bugesera-Rweru: Abagabo bakomeje kwahukana

Abagabo bo mu Murenge wa Rweru w’Akarere ka Bugesera, baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’abagore babo bakomeje kubahohotera ku buryo bituma bamwe biyahura abandi bagahitamo kwahukana. Amakuru y’uburemere bw’iki kibazo ashimangirwa na Ntihabose Felcien, Umukuru w’Umudugudu wa Ruzo w’Akagari ka Nkanga muri uyu Murenge wa Rweru. Ntihabose avuga ko abagabo batatu bo mu mudugudu ayoboye bahukanye, […]

Kenya: Umuyobozi ukomeye yasanze iwe isanduku bashyinguramo

Abatuye mu gace ka Ang’orom muri Teso y’Amajyepfo, mu Ntara ya Busia; baguye mu kantu ubwo basangaga umuntu utazwi yashyize isanduku mu rugo rwa Kenneth Akide wahoze ari umuyobozi w’ihuriro y’Abanyamategeko bo muri kiriya gihugu. Iyi sanduku yari inafite umusaraba hejuru, yari yarambitswe iruhande rw’uruzitiro, ku buryo abayibonye bayirebeye inyuma ya senyenge. The Citizen dukesha […]

Diamond yaba yatandukanye n’umugore we

Umunyamakuru Tanasha Donna usanzwe ari umukunzi w’umuhanzi Diamond Platinumz, yahagaritse gukurikirana uriya muhanzi n’umuryango we ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, aca amarenga y’uko umubano wabo utakiri mwiza. Abo Tanasha Yaretse gukurikirana ku rubuga rwe rwa Instagram, barimo nyir’ubwite Diamond Platinumz, mushiki we Esma Platinumz, nyina wa Diamond, Sandra Sanura, n’abandi. Incuti za Diamond basangiye inzu […]

Dr Léon Mugesera yatanze ikirego mu Rukiko rw’Ikirenga

Urukiko rw’ubujurire kuri uyu wa 02 Werurwe 2020, rwasubitse urubanza Dr. Léon Mugesera yajuririyemo igifungo cya burundu yahawe, nyuma yo kwihana umucamanza. Dr. Leon Mugesera yabanje kubwira urukiko ko adashobora kuburana kubera umwe mu bacamanza yagaragaje ko atifuza mu rubanza rwe, gusa iki cyifuzo giteshwa agaciro n’urukiko rw’ubujurire. Uyu wahoze ari umwarimu muri Kaminuza yahise […]

Perezida w’inzibacyuho wa Guinée Bissau yeguye nyuma y’iminsi ibiri mu kazi

Perezida w’Inzibacyuho wa Guinée Bissau, Cipriano Cassama yeguye ku nshingano yari amazeho iminsi ibiri nyuma yo gukangishwa ko azicwa. Uyu mugabo yemeje ubwegure bwe mu itangazo rigenewe abanyamakuru yashyize ahagaragara. Ni itangazo rigira riti ” Nshingiye ku kuba abashinzwe kundindira umutekano bankangisha kunyica, nafashe icyemezo cyo kwegura ku mwanya wa perezida w’inzibacyuho nahawe, mu rwego […]

Imyenda iva mu mahanga ishobora kuzigonderwa na bake mu Rwanda

Abanyarwanda n’abandi baturage ba Afurika y’iburasirazuba bashobora kuzajya bagura imyambaro yo mu mahanga ibahenze, mu gihe Leta z’ibihugu bya Afurika y’iburasirazuba zaba zihuje umugambi wo kongera imisoro kuri iriya myenda. Icyemezo cyo kongera imisoro ku myambaro ikomoka mu mahanga ya kure, gishobora gushyirwa mu bikorera mu rwego rwo kurinda inganda zikora imyenda zo mu karere. […]

Dr. Isaac Munyakazi yirukanwe mu ishyaka rye azira ruswa ya 500,000 RWF yakiriye

Abagize biro Politiki y’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI), bemeje ko Dr Isaac Munyakazi wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi yirukanwa burundu muri iri shyaka nyuma y’amakosa akomeye aheruka gukora yanatumye yirukanwa nk’umukozi wa MINEDUC. Ni icyemezo cyafatiwe mu nama yahuje avagize biro ya politiki ya ririya shyaka kuri iki cyumweru, ku wa 01 […]

SA : Umusirikare yakatiwe gufungwa imyaka 170

Uwahoze ari umusirikare mu gisirikare cya Afurika y’Epfo (SANDF), Thembinkosi American Ngcobo yakatiwe igifungo cy’imyaka 170 n’urukiko rwa Durban nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kurasa umuntu akanakomeretsa abandi benshi, ubwo yarimo ahiga umukunzi we. Ku wa Gatanu w’iki cyumweru tariki 28 Gashyantare 2020 ni bwo Thembinkosi yahawe kiriya gifungo. Umuvugizi w’Ikigo cya Afurika y’Epfo cy’Ubushinjacyaha, […]

Museveni yasabye abibonaho ibiranga Coronavirus kwishyira mu kato

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yasabye abaturage b’igihugu cye biyumvamo ibimenyetso by’icyorezo cya Coronavirus kwishyira mu kato bidasabye ko Leta ibanza kubigiramo uruhare. Museveni yatangaje ibi kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Gashyantare ubwo yasobanuriraga Abanya-Uganda byinshi kuri Coronavirus. Ati ” Ndinginga abantu bafite ibimenyetso byihariye bimeze nk’ibya Coronavirus, yemwe n’ibyoroheje nko kuziba amazuru, […]

Abanyarwanda baba bagifite amahirwe yo kwegukana Tour du Rwanda

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatandatu ni bwo hakinwa agace kabanziriza aka nyuma k’isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda ku magare rizwi nka Tour du Rwanda 2020. Nyuma y’uduce dutandatu tumaze gukinwa, mu gace ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Gashyantare abakinnyi barakina basiganwa buri wese abarirwa ibihe yakoresheje [Individual Time Trial]. Ni Agace ka […]

Kenya: Umujura yibye televiziyo kuri Sitasiyo ya Polisi

Umujura wiswe uw’ikigoryi kurusha abandi bose muri Kenya, yarashwe arapfa nyuma yo gusimbuka uruzitiro yikoreye televiziyo yari avuye kwiba muri Sitasiyo ya Polisi. Ibi byabereye kuri sitasiyo ya Polisi y’ahitwa Shauri Moyo. Amakuru avuga ko uwarashwe yari kumwe n’undi mugenzi we wari wamuherekeje nk’uko ibinyamakuru byo muri Kenya bibitangaza. Ngo Polisi ikibona bariya bagabo yabasabye […]

Kwirukana Dr. Gashumba kwatumye Perezida Kagame ataha imitima y’abanyamahanga

screenshot_20200227-185745_1582822701407.jpg

Abaturage batandukanye bakomoka hano ku mugabane wa Afurika, bakomeje gushima Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame uheruka kwirukana Dr.Diane Gashumba wari Minisitiri w’Ubuzima. Ku wa 14 Gashyantare 2019 ni bwo ibiro bya Minisitiri w’Intebe, byatangaje ko Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente Edouard yakiriye ukwegura kwa Minisitiri w’Ubuzima Dr. Diane Gashumba. Itangazo ry’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe […]

Agace ka gatanu ka Tour du Rwanda kegukanwe n’Umunya Colombia

Umunya Colombia Restrepo Valencia Jhonatan ni we wegukanye agace ka gatanu k’isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rizenguruka u Rwanda, kavaga i Rubavu kerekeza i Musanze. Abasiganwa birukanse intera ireshya na Kilometero 84 na metero 700, ari na yo ntera ngufi muri Tour du Rwanda y’uyu mwaka. Restrepo yegukanye aka gace, nyuma yo gusigira abarimo Umunyarwanda Byukusenge Patrick […]

Abakora muri leta bagiye kujya bakatwa 0.5% by’umushahara wabo kajyanwe muri RSSB

Minisiteri y’abakozi ba leta n’umurimo, yatangaje ko abakozi ba leta n’ab’ibigo byigenga bagiye kujya bakatwa 0.5 by’umushahara wabo, aya mafaranga akajyanwa mu kigo cy’igihugu cy’ubwiteganyirize RSSB kunganira Mituelle de Santé. Itangazo ryasohowe na Minisiteri y’abakozi ba leta n’umurimo, rivuga ko ariya mafaranga azajya akatwa ku mushahara wa buri kwezi umukozi ahembwa. Ni itangazo rigira riti” […]

Ikinyarwanda cyinjijwe muri Google Translate

Urubuga rwa Google rwatangaje ko rwamaze kongera indimi eshanu nshya muri Google Translate yifashishwa mu gusemura indimi z’amahanga, Ikinyarwanda kikaba kiri muri ziriya ndimi eshanu. Uretse Ikinyarwanda, izindi ndimi zongerewe muri Google Translate zirimo urwitwa Odia rukoreshwa mu gihugu cy’Ubuhinde, urwa Tatar rukoreshwa muri Tatarstan, uruTurkmen rukoreshwa muri Turkménistan n’uru- Uyghur ruvugwa mu Burengerazuba bw’Ubushinwa. […]

Ibisambo byibye ucuruza Mobile Money bikamusiga ari intere birahigwa bukware

Polisi y’igihugu itangaza ko yatangiye gushakisha hasi hejuru ibisambo bibiri biherutse kwiba umu-agent wa MTN, Tuyisenge Jeanette, mbere yo kumuhondagura bikamusiga ari intere. Tuyisenge atuye mu Mudugudu wa Nyabisindu, mu Kagari ka Nyabisindu mu Murenge wa Remera mu karere ka Gasabo. Yacuruzaga amayinite ya terefoni akanatangira serivisi za Mobile Money ku Gisimenti i Remera, ari […]

Perezida Kagame amaze kuvugurura Guverinoma n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye

Ashingiye ku biteganywa n’ltegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116, none ku itariki ya 26 Gashyantare 2020, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashyizeho abayobozi mu ku buryo bukurikira: ABAGIZE GUVERINOMA: Abaminisitiri: 1. Dr. NGAMIJE Daniel: Minisitiri w’Ubuzima/ Minister of Health; 2. Dr.UWAMARIYA Valentine:Minisitiri w’Uburezi/ […]

Natnael Tesfazion yegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda 2020

Uko abakinnyi basiganwe muri aka gace

Umunya-Eritrea, Natnael Tesfazion ukinira ikipe y’igihugu cye ni we wegukanye agace ka kane k’isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda kavaga mu karere ka Rusizi kerekeza i Rubavu. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu abasiganwa bari bahagurukiye i Rusizi, banyura mu Turere twa Nyamasheke, Karongi na Rutsiro mbere yo gusoreza mu mujyi wa Rubavu. Ni urugendo […]

Naretse Uburaya nyuma yo kwisanga ndyamanye na data muri Lodge-Ubuhamya

Umugore w’imyaka 32 y’amavuko ukomoka mu gihugu cya Kenya, Betty Kamau, yahishuye uko kwisanga agiye kuryamana na Se umubyara byatumye areka burundu umwuga w’Uburaya. Uyu mugore avuga ko kuva afite imyaka icyenda y’amavuko yakuriye mu buzima bubi, bigatuma yiyegurira umwuga w’uburaya ubwo yari akigera mu mashuri yisumbuye. Ati” Natangiye uyu mwuga kubera ibibazo by’ubuzima nk’ubukene […]

MINIJUST yategetswe gukora iperereza ku ikoreshwa nabi ry’umutungo wa rubanda

Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) yategetswe ko bitarenze muri Gicurasi uyu mwaka igomba kuba yarangije gukora iperereza ku kibazo cy’ikoreshwa nabi ry’umutungo wa leta cyagaragajwe n’umugenzuzi mukuru w’imari ya leta muri raporo ya 2017/2018. Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo bya Leta mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda (PAC), Jean Chrysostome Ngabitsinze, yavuze ko Komisiyo […]

Uganda : Pasiteri ari mu mazi abira nyuma yo gufatanwa imyambaro ya gisirikare

Florence Lanyero, Umupasiteri w’umugore wo mu itorero rya Rest Arena ryo mu gace ka Gulu muri Uganda, ari mu mazi abira nyuma yo gutabwa muri yombi azira gutunga imyambaro ya gisirikare mu buryo butemewe n’amategeko. Uyu mugore yafatiwe iwe mu rugo ruherereye ahitwa Kasubi Gowans Quarters muri Gulu ku cyumweru,, mu mukwabo ukomeye wakozwe na […]

Amafoto: Imbonerakure zagize intere bamwe mu barwanya ubutegetsi mu Burundi

1-5.jpg

Abatavuga rumwe n’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu gihugu cy’Uburundi, barataka ihohoterwa bakomeje gukorerwa n’abazwi nk’Imbonerakure, mu gihe habura igihe gito ngo muri iki gihugu habe amatora y’umukuru w’igihugu. Imbonerakure ni umutwe w’urubyiruko rwibumbiye mu ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD. Aba bashinjwa kugira uruhare mu bikorwa by’urugomo bikorerwa abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa kiriya gihugu. Ku […]

Museveni yambuye Gen.Tumukunde abarinzi bose

Perezida wa Uganda akaba N’umugaba w’IKirenga w’Ingabo z’iki gihugu (UPDF), Yoweri Kaguta Museveni, yamaze kwambura (Rtd) Lt. Gen. Henry Tumukunde abari abarinzi be bose. Lt Gen. Tumukunde yahoze ari Minisiteri w’Umutekano muri Uganda mbere yo kwamburwa izi nshingano mu 2018 ubwo yirukanwaga icyarimwe na Gen. Kale Kayihura wahoze ari Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda. […]