Umuraperikazi Cardi B yagiye gusaba gatanya hagati ye n’umuraperi Offset
Umuraperikazi Cardi B, kuri uyu wa Kabiri, itariki 15 Nzeri, yagiye gusaba gatanya hagati ye nâumugabo we nawe wâumuraperi ukomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika uzwi nka Offset, ubarizwa mu itsinda Migos, nkâuko byatangajwe nâikinyamakuru Page Six. Ni gatanya asaba mu buyobozi bwâakarere ka Fulton ko muri Georgia. Aba bahanzi bombi bamaranye imyaka itatu […]
Kayonza: Hatangijwe umushinga wâasaga miliyari 80 ugamije kurwanya amapfa
Minisitiri wâubuhinzi nâubworozi, Mukeshimana Gerardine, kuri uyu wa Kabiri, itariki 15 Nzeri, yatangije ku mugaragaro umushinga mugari wo kuhira no gutunganya ibishanga mu karere ka Kayonza uzamara imyaka 6. Uyu mushinga uzafasha akarere mu guhangana nâamapfa ajya akibasira, atewe nâizuba rikunze kuva igihe kirekire. Uyu mushinga watangijwe ku bufatanye bwa minisiteri yâubuhinzi nâIkigega Mpuzamahanga giteza […]
Kigali: Urubanza rwâabantu 32 bashinjwa iterabwoba rwasubukuwe
Urubanza ruregwamo abantu 32 bakekwaho iterabwoba bafitanye isano nâishyaka RNC nâindi mitwe yitwara gisirikare, rwasubukuwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 15 Nzeri, mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare i Kanombe, mu Karere ka Kicukiro. Abakekwaho icyaha bose usibye umwe, bari bari mu cyumba cy’urukiko, cyari cyimukiye by’agateganyo mu cyumba cyâabikorera ku giti cyabo kiri hafi y’urukiko […]
Rubavu: Yafatanwe amadolari 3,700 y’amahimbano
Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu, mu Murenge wa Gisenyi, kuri uyu wa Mbere, itariki ya 14 Nzeri, ku makuru yatanzwe nâabaturage, yafashe Muhawenimana Claire wâimyaka 26, yafatanwe inoti zâijana 37 zâamadorali yâAmerika yâamahimbano zihwanye na 3,700$ . Umuvugizi wa Polisi mu ntara yâIburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko bamwe […]
Bwa mbere mu Bufaransa abakabakaba 100 bemerewe kunyonga igare bambaye ubusa â Amafoto
Nyuma yâimyaka babigerageza, ku nshuro ya mbere mu Mujyi wa Rennes habereye igikorwa cya mbere cyo gutwara igare abantu bambaye ubusa, ariko ibintu nkâibi i Paris na Lyon bikaba byahagaritswe ku munota wa nyuma. Iki gikorwa cyiswe âWorld Naked Bike Rideâ(WNBR) cyangwa âCyclonudistaâ, kiramenyerewe cyane mu bihugu nkâu Bubiligi, Espagne, u Budage na Amerika. Mu […]
Uganda: Urukiko rwateye utwatsi ubusabe bwa Lt. Gen. Tumukunde
Umucamanza mukuru mu Rukiko Rukuru rwa Uganda, Musa Ssekaana yateye utwatsi ubusabe bwa Lt. Gen. (Rtd) Henry Tumukunde, wifuzaga guhagarikisha ibikorwa byo guhamagazwa nâUrwego rwâUbugenzacyaha, CID, rumukurikiranyeho gushaka kwinjiza abahoze mu gisirikare mu bikorwa bya politiki, kugeza igihe ikirego cye nyamukuru kizarangiza kumvwa ndetse kigashyirwa ku ruhande. Mu kwezi gushize nibwo Tumukunde yitabaje urukiko arusaba […]
Ku Kiyaga cya Mugesera hakomeje kuvumburwa imibiri yâabantu bishwe muri jenoside
Kuva mu ntangiriro z’umwaka, imirambo 791 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatoraguwe mu bice byegereye Ikiyaga cya Mugesera, mu Murenge wa Rukumbeli, mu Karere ka Ngoma. By’umwihariko kuva ku ya 26 Kanama kugeza 14 Nzeri, byibuze imirambo 547 yakuwe ku nkombe, kandi ubushakashatsi bwa buri munsi buracyakomeza. Jean-Pierre Musafiri, Perezida wa Ibuka mu Karere […]
Covid-19: Le Rwanda a enregistré 180 nouveaux récupérations en une seule journée
Le Rwanda a enregistrĂ© 180 nouveaux rĂ©cupĂ©rations en une seule journĂ©e du 14 septembre, le plus grand nombre enregistrĂ© par le pays depuis la confirmation du premier cas de COVID-19, le 14 mars. Cela a portĂ© le nombre de guĂ©risons totales Ă 2736 sur 4602 cas confirmĂ©s, tandis que le nombre de patients encore sous […]
Impamvu Kalashnikov, imaze kubona kuzamuka no kugwa kwâingoma nyinshi muri Afurika, irushaho gukundwa

Imbunda ya Kalashnikov AK-47 ni intwaro yabaye mu makimbirane yose yo muri Afurika kuva 1950. ubwamamare bya AK-47 bwerekanwe muri filime ya Nicholas Cage yiswe ‘Lord of War’, mu gihe igihugu cya Mozambique cyanagiye kure kikayigira imwe mu birango bigize ibendera ryacyo. Ni imbunda yahiswemo nâinyeshyamba, abakora iterabwoba, abacuruzi bâibiyobyabwenge ndetse nâabandi. Iyi mbunda idasanzwe […]
Uganda: Yafatanwe umutwe wâumwana wâimyaka 3 yari yageneye Perezidante wâInteko nkâimpano
Igipolisi cya Uganda gishinzwe kurinda Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Mber cyataye muri yombi umusore wâimyaka 22 wari witwaje umutwe wâumwana wâumukobwa wâimyaka 3 waciwe nyuma yo kwicwa, yari ashyiriye Perezidante wâinteko nkâimpano. Ukekwa urimo guhatwa ibibazo nâUbuyobozi bushinzwe ubugenzacyaha (CID) muri Kiburi ni uwitwa Joseph Nuwashaba ukomoka Kizinda, mu Karere ka Bushenyi, ariko […]
Gisagara: Barasaba leta kubafasha kugarura abana babo batanu bashimuswe nâAbarundi
Abana batanu bo mu Murenge wa Mukindo, mu Karere ka Gisagara bivugwa ko bashimuswe nâAbarundi ubwo bari bari kwahira ubwatsi hafi yâumupaka mu gishanga cyâAkanyaru hagiye gushira ukwezi nta muntu uzi amakuru yabo, ababyeyi babo bakaba basaba leta kubafasha bakagarurwa. Ku itariki ya 15 Kanama 2020 ni bwo aba bana bagiye kwahira nkâibisanzwe maze basanga […]
Bujumbura: Col. (Rtd) Pontien Baritonda nawe yatawe muri yombi nâUrwego rwâUbutasi
Nyuma yâitabwa muri yombi ryâuwahoze ari umupolisi mukuru mu gihugu cyâu Burundi witwa Prime Niyongabo, kuri ubu muri iki gihugu haravugwa nâitabwa muri yombi rya Colonel (Rtd) Pontien Baritonda, watawe muri yombi ku Cyumweru mu Karere ka Kinanira 2, muri zone ya Musaga muri Komine ya Muha (mu majyepfo ya Bujumbura). Bavuga ko afungiye muri […]
RDC: Abaturage bariye karungu bishe umusirikare bamujugunya mu rwobo
Kuri uyu wa mbere, tariki ya 14 Nzeri, umusirikare wa FARDC yishwe nâabaturage bigaragambyaga bariye karungu mu Mujyi wa Oicha, muri Kivu y’Amajyaruguru, aho aba baturage biganjemo urubyiruko bishoye mu mihanda bamagana iyicwa ryâabasivili babiri bishwe kuri iki Cyumweru nâumupolisi. Intumwa ya guverineri yageze muri Oicha, Nicolas Kikuku yabwiye ACTUALITE.CD ko imbunda yâuyu musirikare wishwe […]
Tanzania: Inkongi yâumuriro yibasiye aho abanyeshuri barara yahitanye abana icumi
Inkongi yâumuriro yibasiye inzu iraramo abanyeshuri mu gicuku cyo kuri uyu wa Mbere mu majyaruguru yâuburengerazuba bwa Tanzania yahitanye abana 10. Ni inkongi yafashe inzu y’Ishuri Ribanza ryitwa Byamungu English Medium riri mu karere ka Kyerwa, mu ntara ya Kagera, ahagana saa kumi n’igice z’igitondo nkâuko byatangajwe nâubuyobozi. Iyi nzu yari irimo abana b’abahungu bafite […]
Le suspect terroriste, Paul Rusesabagina, a comparu devant le tribunal
Le suspect terroriste Paul Rusesabagina a comparu devant le tribunal de premiĂšre instance de Kagarama. Il fait face Ă plusieurs chefs d’accusation, dont le terrorisme, l’incendie criminel, l’enlĂšvement et le meurtre, perpĂ©trĂ©s contre des civils rwandais non armĂ©s et innocents sur le territoire rwandais. Rusesabagina est reprĂ©sentĂ© par David Rugaza, qui a prĂ©cĂ©demment dĂ©clarĂ© qu’il […]
Bujumbura: Uwahoze ari komanda wa polisi aratabarizwa nyuma yo gutabwa muri yombi mu gicuku
Prime Niyongabo, wahoze ayobora abapolisi badasanzwe bo mu muhanda (PSR) hagati ya 2002 na 2004 yatawe muri yombi n’abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubutasi (SNR) kuwa Gatandatu mu ma saa munani z’ijoro. Aho afungiye hakaba hataramenyekana nkâuko tubikesha SOS Media Burundi. Uyu wahoze ari umupolisi mukuru akaba kuri ubu ari umuyobozi mu isosiyete y’itumanaho iyoborwa nâAbanyaziimbabwe, […]
Impunzi 6 zâAbanya-Sudani yâEpfo ziciwe mu bushyamirane hagati yazo nâAbagande
Kuri iki Cyumweru, Igipolisi cya Uganda cyatangaje ko abantu 13 batawe muri yombi nyuma yâigitero cyagabwe mu nkambi yâimpunzi zâAbanyesudani yâEpfo iherereye mu majyarugu ashyira iburengerazuba bwâigihugu cyiciwemo impunzi 6. Umuvugizi wâigipolisi muri ako karere, Josephine Angucia, yavuze ko ubwo bwicanyi bwabaye mwâijoro ryo kuwa gatandatu mu nkambi ya Rhino icumbikiye impunzi zirenga 100 000, […]
Menya umuhango wo âGufukura amaribaâ nâinzara zagiye zibasira u Rwanda
Imihango yo gufukura amariba yaberaga mu Bufundu, mu Kabagali, mu Nyantango, mu Kinyaga, ariko cyane cyane ku iriba rya Nzavu mu Bunyambiriri, kuko ariryo rya Maryohe, kandi rikaba ingarigari yâAbami bâAmatungo bafite umurwa wabo wa Suti ya Banege mu Bunyambiriri. Bafukuraga amariba mu miterekero yo guhosha ibyorezo byâindwara byakundaga gutera mu matungo. âą Muryamo yateye […]
Uganda: Abasirikare 2 ba SFC barashinjwa kwica umuturage kubera amafaranga
Abasirikare babiri bo mu mutwe ushinzwe kurinda umukuru wâigihugu muri Uganda uzwi nka Special Force Command-SFC, Private Apiku Jackson na Olobo Sadiq, bivugwa ko bahawe akazi ko kwica umuturage wo muri Luweero batawe muri yombi. Bivugwa ko bahawe akazi na Richard Ssebina uzwi ku izina rya Sekitoleko, ko kwica murumuna we Musa Katinda Bisaso w’imyaka […]
Kinshasa: Abagizi ba nabi bateye ikigo nderabuzima bafata ku ngufu abarwayi n’abaganga
Mu ijoro ryo kuwa Gatanu rishyira kuwa Gatandatu, itariki 12 Nzeri, Ikigo Nderabuzima cya Kisenso, muri Kinshasa, cyibasiwe n’abagizi ba nabi bazwi nka Kuluna bitwaje imihoro, inyundo nâizindi ntwaro gakondo zakoreshejwe mu gutera ubwoba abaganga nâabarwayi, aho bivugwa ko abagera kuri 7 muri aba bafashwe ku ngufu. Kuri uyu wa Gatandatu, nibwo Imiryango itegamiye kuri […]
Rusizi: Barindwi bafunze bazira kugurisha isima yo kubakisha amashuri
Mu bihe bitandukanye Polisi ikorera mu karere ka Rusizi mu Murenge wa Giheke yafashe abantu 7 bafataga imifuka ya sima yubakishwaga amashuri yo mu burezi bwâimyaka 12 bakajya kuyigurisha. Tariki ya 30 Kanama hafashwe uwitwa Bakundukize Thomas wâimyaka 33, Mukaniyonsenga Alexiane wâimyaka 30 na Hakizimana Zachee wâimyaka 42 bafatanwe imifuka 10 bamaze kuyigurisha. Aba bose […]
Nicholas Sarkozy yateje impaka zikomeye agereranya ijambo âNĂšgresâ nâInkende
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kane, uwahoze ari Perezida wâu Bufaransa yerekanye uwo ari we ubwo yagereranyaga ijambo Inguge na “nĂšgres” mu kiganiro kuri Televiziyo ya TMC yari yatumiwemo na Yann BarthĂšs baganira ku imurikwa ryâigitabo cye “Le temps des tempĂȘtes”. Nicolas Sarkozy akaba yateje uburakari bukabije abatavuga rumwe nâubutegetsi mu Bufaransa bamushinjaga ivanguramoko, […]
Buruseli: Barashinja leta kubashimuta no kubatandukanya nâimiryango yabo mu gihe cyâubukoloni
Abagore batanu bavukiye muri Congo bajyanye Leta yâu Bubiligi imbere yâUrukiko rwâImbonezamubano i Buruseli bayishinja ko yateguye uburyo bwo gushimuta buri gihe abana bavutse ku bazungu nâabirabura mu gihe cyâabakoloni. Iki ni igikorwa cyo kwishyuza, gishingiye ku kirego ku byaha byibasiye inyokomuntu. Ni ku nshuro ya mbere icyifuzo cyo kwemeza politiki ya gikoloni y’igihugu nk’icyaha […]
Urugomo nâubwicanyi byakorewe Abatutsi kuri Repubulika ya 2 kugera mu 1990 mu yahoze ari Cyangugu
Nkuko bigaragazwa nâubushakashatsi Komisiyo yâIgihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) yakoze ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Cyangugu,Perezida Habyarimana JuvĂ©nal amaze gufata ubutegetsi habayeho ihumure ryâigihe gito, abantu babanza kwibeshya ko abazaniye agahenge kubera amagambo meza yarangaga imbwirwaruhame ze. Ariko ibyo ntibyatinze, kuko na we yahise akomereza mu murongo wâamacakubiri watangijwe […]
Minembwe: Inyeshyamba zatwitse inzu nyinshi zinanyaga inka zisaga 100
Amazu menshi yaratwitswe ndetse inka nyinshi ziranyagwa mu gitero cyâinyeshyamba za Mai-Mai, kuwa Kabiri ushize mu midugudu itanu yo mu Minembwe, Teritwari ya Fizi, ho muri Kivu yâAmajyepfo. Nkâuko byatangajwe na Gady Mukiza, Burugumesitiri wa Komini Minembwe, imidugudu ya Kawela, Masha, Kabingo, Irumba na Kakangara yagabwemo ibitero icya rimwe. Avuga ko abaturage benshi bataye ingo […]
Laure Uwase, ushinjwa guhakana jenoside, azaguma mu kanama kiga uruhare rwâu Bubiligi mu gihe cyâubukoloni
Perezida wâinama yâabadepite izasesengura uruhare rwâu Bubiligi mu gihe cya gikoloni mu bihugu byo mu Karere kâIbiyaga Bigali, yatangaje ko Umubiligikazi ufite inkomoko mu Rwanda, Me Laure Uwase azakomeza imirimo ye mu kanama kâimpuguke. Ni akanama kashyizweho nâu Bubiligi kagomba gusuzuma uruhare rwâubukoloni mu Rwanda, mu Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Mu kiganiro […]
Bujumbura: Igitero cya grenade cyahitanye umuntu gikomeretsa babiri
Umuntu umwe yapfuye, abandi babiri barakomereka nyuma yâigitero cya grenade ebyiri zatewe muri zone ya Buyenzi mu murwa mukuru w’ubukungu wâu Burundi, Bujumbura, mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane. Izi grenade zatewe ahagana saa munani na mirongo ine nâitanu (2h45 am) mu ijoro ryo kuwa Gatatu rishyira kuri uyu wa Kane ushize nkâuko byemezwa […]
Nyarugenge: 25 bafashwe baremye isoko ritemewe birengagije amabwiriza yo kurwanya COVID-19
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 10 Nzeri Polisi ku bufatanye nâabaturage bo mu murenge wa Kimisagara mu kagari ka Kamuhoza bafashe abantu 25 bateraniye mu rugo rwâumuturage barenze ku mabwiriza ya Leta yo kurwanya COVID-19 barimo kubyigana barangura imyenda ya caguwa. Imyenda yari iya Kayiranga Enock akaba yarimo kuyicururiza mu rugo […]
Amafoto: Ibihumbi nâibihumbi byâabimukira bandagaye ku gasozi nyuma yâinkongi yibasiye inkambi yabo

Abimukira n’impunzi ibihumbi nâibihumbi baraye ku gasozi ku kirwa cya Lesbos cyo mu Bugereki mu ijoro rya kabiri nyuma yâumuriro wibasiye Inkambi ya Moria, nini yâiki gihugu, bigatuma imbaga y’abantu bahunga ariko ntaho berekeza. Imiryango yaraye ku mihanda, indi muri parikingi ya supermarket no mu mirima yo hakurya y’ikirwa, yari ku isonga ryâibibazo byâabimukira bâi […]
Uwari umuyobozi wâigipolisi yiyahuriye mu kato atinya kwanduza umuryango we Covid-19
Umuyobozi wa polisi wari mu kiruhuko cy’izabukuru mu Bwongereza yiyahuriye aho yari yarishyize mu kato ka coronavirus kubera ubwoba bwo kwanduza umuryango we nkâuko abashinzwe iperereza babyumvise. Ku ya 1 Mata, nibwo uyu mugabo witwa James Connelly-Webster, w’imyaka 58, bamusanze yapfiriye munsi yâubusitani bwe i Crackington Haven, Bude aho yari yishyize mu kato nyuma yâaho […]
France: Uko abatubuzi bakomoka muri Israel bahuguje asaga miliyoni 50 bifashishije mask ya minisitiri
Urukiko rw’ubujurire rwo mu Bufaransa rwemeje igifungo kirekire ku batekamutwe babiri bafite inkomoko muri Israel bahamwe n’icyaha cyo kwiba miliyoni zisaga 50 z’amayero bibye abantu batekeye imitwe biyise minisitiri wâingabo wâu Bufaransa bakoresheje mask isa nâisura ye. Urukiko rw’ubujurire rwa Paris rwemeje ko Gilbert Chikli w’imyaka 55 na Anthony Lasarevitsch w’imyaka 36 ari bo bateguye […]
Imvura yâumuhindo wa 2020 ntabwo izaboneka nkâuko bisanzwe â Meteo Rwanda
Ikigo cyâu Rwanda gishinzwe Ubumenyi bwâikirere(Meteo Rwanda) cyatangaje ko Iteganyagihe ryâamezi ane yâigihembwe cyâimvura yâumuhindo (Nzeri-Ukwakira-Ugushyingo-Ukuboza) 2020; rigaragaza ko muri rusange uyu muhindo uteganyijwemo imvura izaba iri munsi ho gato yâimvura isanzwe iboneka mu bihe byiza byâumuhindo mu bice byinshi byâigihugu. Meteo Rwanda ikaba igira inama inzego zitandukanye gufata ingamba zo gukumira ingaruka zaterwa no […]
Monusco yahaye uburinzi bukomeye Dr Denis Mukwege wari umaze iminsi atabarizwa
Kuri uyu wa Gatatu, ingabo zâUmuryango wâAbibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (Monusco) zoherejwe mu gace ka Panzi, muri Bukavu, ho muri Kivu yâAmajyepfo mu rwego rwo kurinda Dr Denis Mukwege umaze iminsi atabarizwa bivugwa ko ubuzima bwe buri mu kaga. “Twishimiye ko ingabo zâamahoro za MONUSCO zagarutse mu Bitaro bya […]
Le parquet reprend le dossier de Paul Rusesabagina
L’AutoritĂ© nationale des poursuites pĂ©nales (NPPA) a reçu le dossier du suspect terroriste Paul Rusesabagina du Bureau rwandais d’enquĂȘte (RIB). Rusesabagina lui-mĂȘme a Ă©tĂ© aperçu dans les bureaux de la NPPA Ă Kimihurura, Kigali Ă peu prĂšs au mĂȘme moment oĂč RIB a remis le dossier. Il Ă©tait entourĂ© de ses avocats Emeline Nyembo et […]
Rubavu: Yafatanwe ibiro bisaga 30 by’amabuye y’agaciro ashaka no gutanga ruswa
Inzego z’umutekano zikorera mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Gisenyi mu Kagari ka Mbugangali, mu ijoro rya tariki ya 7 Nzeri ahagana saa mbiri zafashe uwitwa Manzi Cedric w’imyaka 20 wafatanwe ibiro 32 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko wa gasegereti, agashaka gutanga ruswa ingana n’amadorali y’Amerika 20 (20$) kugira ngo bamureke akomeze agende gusa […]
USA: Video yâUmwirabura wakubitaga umupolisi washakaga kumufata yaciye ibintu
Video igaragaza abantu birukankaga bajya gutabara umupolisi wâumuzungu wari urimo gukubitwa nâumwirabura yageragezaga kwambika amapingu yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga, aho bivugwa ko imaze kurebwa nâabantu basaga miliyoni 2. Iyi video yashyizwe kuri twitter yâukoresha @GrantB911, uri mu bashinze konti ya twitter yamamaye ya @Breking911 ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri ushize. Iyi video […]
Un accident de camion fait deux morts et trois blessés à Gisozi
Deux personnes sont dĂ©cĂ©dĂ©es, mardi 8 septembre, dans un accident , faisant trois autres blessĂ©es dans le secteur de Gisozi, dans le district de Gasabo. Selon le CP Jean Bosco Kabera, porte-parole de la police nationale du Rwanda (RNP), l’accident a Ă©tĂ© causĂ© par un camion qui a heurtĂ© deux autres vĂ©hicules et deux motos […]
Miliyoni 50 zâabaturage muri Afurika yâamajyepfo zugarijwe nâinzara
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa (PAM) ryatangaje ko abantu babarirwa muri za miriyoni muri Malawi, Mozambike, Zambiya na Zimbabwe bugarijwe n’inzara. Ibi bihugu byibasiwe nâamapfa akomeye muri 2019 yarushijeho gukazwa muri uyu mwaka nâinzige. Icyorezo cya Covid-19 nacyo cyakajije umurego mu guteza ibibazo byâubukungu mu baturage benshi bo mu karere ka Afurika ishyira amajyepfo. […]
Uganda: Undi mudepite yatawe muri yombi azira kurasa abantu mu matora ya NRM
Polisi mu karere ka Pallisa mu burasirazuba bwa Uganda yataye muri yombi umudepite wâintara ya Agule, Francis Mukula, ukekwaho kuba yararashe abantu babiri mu matora yâishyaka NRM mu cyumweru gishize. Abayobozi bavuze ko uyu mudepite yarashe abantu babiri mu gasantere kâubucuruzi ka Kaboloi kari mu gace ka Kaukura, mu birometero 10 uvuye mu mujyi wa […]
Umunyamideri Charly Jordan yasabiye imbabazi uko yitwaye nyuma yo gushyirwa mu kato mu Rwanda

Icyamamare kuri TikTok, akaba nâumunyamideri wâUmunyamerika Charly Jordan, yasabye imbabazi zo kuba yarasuye u Rwanda mu gihe kidakwiye no gutuka guverinoma yâu Rwanda nyuma yo gushyirwa mu kato akamaramo iminsi nyuma yo kumwibeshyaho ko yanduye Covid-19. Mu butumwa uyu mukobwa wâimyaka 21 yanyujije kuri TikTok ku Cyumweru, yavuze ko yaje mu Rwanda gufatanya nâitsinda ribungabunga […]
Uwari umuvugizi wa DALFA-Umurinzi yafashe iyâubuhungiro nyuma yo gusezera inshingano ze
Uwari umuvugizi wâishyaka DALFA-Umurinzi, Mahoro Jean, yamaze gufata iyâubuhungiro nyuma yo guhagarika izi nshingano yari afite zo kuba umuvugizi wâiri shyaka riyobowe nâumunyapolitiki Victoire Ingabire. Mu kiganiro yagiranye na Ijwi rya Amerika nyuma yo kugera mu buhungiro, Mahoro yavuze ko impamvu nyamukuru yatumye asezera ku mirimo ye ari igitutu yagiye ashyirwaho nâabantu bamubwira ko akorana […]
Umugabo bikekwa ko ari inyeshyamba ya FDLR yafatiwe i Goma afite imbunda
Inzego zâumutekano za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa kabiri, itariki ya 08 Nzeri 2020 zataye muri yombi umugabo bivugwa ko ari inyeshyamba ya FDLR wari ufite imbunda ya AK 47, mu gace ka Mugunga, Komini ya Karisimbi, mu Mujyi wa Goma, muri Kivu yâAmajyaruguru. Iyi nkuru dukesha 7SUR7.CD iravuga ko uyu mugabo […]
RIB yarangije iperereza ry’ibanze ku biregwa Paul Rusesabagina
Urwego rwâigihugu rwâUbugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko iperereza ryâibanze mu rubanza ruregwamo Paul Rusesabagina ryarangiye kandi dosiye ye ishyikirizwa ubushinjacyaha kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 09 Nzeri. Ibi umuvugizi wâagateganyo wa RIB, Dr. Thierry Murangira, yabitangarije The New Times kuri uyu wa kabiri. Nyuma yo gshyikirizwa dosiye, Ubushinjacyaha buraba bufite iminsi itanu yo kujyana ukekwaho […]
Le commerce numĂ©rique renforcera la coopĂ©ration Afrique-Chine – Ambassadeur Kimonyo
“Le commerce numĂ©rique a renforcĂ© les liens Ă©conomiques entre le Rwanda et la Chine et stimulera la coopĂ©ration Afrique-Chine au-delĂ de notre imagination”, a dĂ©clarĂ© l’ambassadeur du Rwanda en Chine, James Kimonyo. Pour le moment, “nous bĂ©nĂ©ficions du meilleur Ă©quilibre de coopĂ©ration avec la Chine de notre histoire”, a dĂ©clarĂ© Kimonyo Ă Xinhua lors d’une […]
Goma: Abantu bitwaje intwaro bishe umupolisi nâabasirikare babiri
Abantu bane, barimo umupolisi 1 nâabasirikare babiri ba FARDC ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, itariki 07 Nzeri 2020 biciwe mu gitero cyagabwe nâabantu bitwaje intwaro batamenyekanye ahitwa i Rwasama, ku muhanda wa Kasavubu mu gace ka Ndosho, mu Mujyi wa Goma, Umurwa Mukuru wâIntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ălisabeth Ayubusa, umuyobozi wâagace (quartier) ka […]
Riyadh: Ubutabera bwatesheje agaciro igihano cyâurupfu ku bishe umunyamakuru Khashoggi
Kuri uyu wa mbere, tariki ya 7 Nzeri, hatanzwe imyanzuro ya nyuma yâurubanza rwâumunyamakuru Jamal Khashoggi, aho Urukiko rwo muri Arabiya Sawudite rwatesheje agaciro igihano cy’urupfu cyahawe batanu mu bantu 8 bahamijwe icyaha cyo kumwica, rukabakatira igifungo kuva ku myaka irindwi kugeza kuri makumyabiri nkâuko byatangajwe nâIbiro Ntaramakuru byaho, SPA. Jamal Khashoggi wari umunyamakuru ukorana […]
Rusesabagina yaba yarabeshywe ko u Rwanda nta kizigenza rufite, ati reka njye kurwiyoborera
Paul Rusesabagina ngo yaba yarabeshywe ko u Rwanda nta kizigenza rufite aravuga ati reka njye kurwiyoborera nyuma yâibihuha byari bimaze iminsi bivuga ko Perezida Kagame atakiri ku Isi yâabazima nkâuko umwe mu batavuga rumwe nâubutegetsi utavuzwe amazina yabitangaje. Ibi turabikesha Radio Mpuzamahanga yâAbafaransa, RFI, mu nkuru yayo ivuga ko abanyamategeko bashinzwe kuzunganira Rusesabagina bavuga ko […]
Kuri ubu nta muntu wemerewe kujya gusaba serivisi ya notariya uko yishakiye
Kuri ubu nta muntu wemerewe kujya gusaba serivisi za notariya uko yishakiye nkâuko byari bisanzwe kuko uzajya ujya kuzisaba atahawe gahunda ntazo azajya abona nkâuko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri yâUbutabera kuri uyu wa Mbere, Itariki 07 Nzeri. Minisiteri yâubutabera ivuga ko ibi bigamije gukomeza ingamba zo gukumira ikwirakwizwa ryâicyorezo cya Covid-19. Muri […]
Kigali: Imiryango isaga 400 imaze amezi 5 yimuwe mu manegeka iri mu gihirahiro
Imiryango isaga 400 yo mu turere twa Gasabo na Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali yimuwe mu manegeka imyinshi muri yo imaze amezi atanu igicumbikiwe mu bigo byâamashuri indi ikodesherezwa aho icumbitse, ikaba ikomeje kubaho mu gihirahiro. Aba ni abimuwe muri Mata 2020 aho bari batuye mu duce twibasiwe nâibiza, kuri ubu basaba ko bakwitabwaho bakabona […]
Kylian Mbappe yiyongereye mu bakinnyi ba PSG bamaze kwandura Covid-19

Umukinnyi Kylian Mbappe ntaza kuboneka mu mukino uhuza u Bufaransa na Croatia kuri uyu wa Kabiri, ndetse ntazakinira Paris Saint-Germain mu mukino wo gufungura shampiyona nyuma yo kumupima bakamusangamo coronavirus. Mbappe yiyongereye ku bakinnyi barindwi ba PSG, barimo Neymar bapimwe mu cyumweru gishize, bagasangwamo ubwandu bwa Covid-19. Ku wa Gatandatu, Mbappe yatsinze igitego mu mukino […]
Inkiko z’u Rwanda zihanganye nâibirarane byâimanza zenda kungana nâizaburanishijwe
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Faustin Ntezilyayo, yahishuye ko inkiko zirimo guhangana n’ibirarane by’imanza 52.950, mu gihe mu mwaka w’ubucamanza 2019/2020, imanza zirenga 76.300 zaburanishijwe, zikaba zariyongereyeho 5% ugereranije n’umwaka wabanje. Ibi yabitangaje kuri uyu wa Mbere, itariki 7 Nzeri, ubwo hatangizwaga umwaka wâubucamanza 2020/2021. Muri izo manza zararanye, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yavuze ko izirenga 25.350 zatanzwe […]
Nyuma y’imyaka 23 apfuye, umurambo wa Mobutu nâubu uracyari muri Maroc
Ku itariki nkiyi ya 07 Nzeri mu 1997, nibwo Mobutu Sese Seko wategetse Zaire (RDC yâubu) yapfuye aguye i Rabat mu gihugu cya Maroc, none nyuma yâimyaka 23 umurambo we uracyari muri iki gihugu. Mobutu yari yahungiye muri Maroc aturutse i Kinshasa nyuma yo kotswa igitutu nâinyeshyamba za AFDL. Umurambo we kugeza ubu nturacyurwa ngo […]
Idjwi: Umupolisi wasinze yarashe mugenzi we bakorana nâumusirikare arabica
Kuri iki cyumweru, itariki ya 06 Nzeri 2020, umupolisi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo wari wasinze yarashe mugenzi we ndetse arasa nâumusirikare arabica, mu Gasantere ka Kashara, Teritwari ya Idjwi, muri Kivu yâAmajyepfo. Umuyobozi wâAgateganyo wa Sheferi ya Ntambuka, CĂ©lestin Mugabo, yabitangarije urubuga 7SUR7.CD kuri uyu wa Mbere, tariki ya 07 Nzeri 2020. Uyu […]