Mama aransaba kubana na mushiki wanjye kuko tudahuje data

Umusore w’imyaka 27 (Kalinda) amazina yahinduwe nk’uko yabisabye avuga ko mama we ari kumusaba kubana n’umukobwa yabyaranye n’undi mugabo utari Se ngo amurinde kwandagara. Yandikiye info@bwiza.com ko Se akimara gupfa mu 1997, nyina yabyaranye n’undi mugabo umwana w’umukobwa ubu ufite imyka 23 ariko ngo ntashaka kumushyingira undi musore, ngo ” Atazamufatira umwana nabi.” Uyu mubyeyi […]

Tanzania ntiyitabiriye inama ya EAC iheruka kuko itayirebaga

Igihugu cya Tanzania kivuga ko kititabiriye inama iheruka y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kuko yarebaga ibihugu byo mu muhora wa ruguru gusa. Ibi ni ibyatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Prof. Palamagamba John Aidan Mwaluko Kabudi, wavuze ko basabye kutitabira iyi nama kubera iyi mpamvu. Iyi nama yigaga ku ngamba zihuriweho mu […]

Genocide suspect kabuga finally arrested

Rwandan genocide suspect Felicien Kabuga was arrested on Saturday in the Paris region, the French Justice Ministry said. Kabuga, 84, who was living under a false identity in a flat in Asnieres-Sur-Seine, near Paris, had been pursued by international justice for 25 years, the ministry said in a statement. French gendarmes arrested him at 0530 […]

DRC: Asaga Frw miliyoni 90 yagenewe gufasha abahanganye na ADF yarigishijwe n’abajenerali

saidi-balikwisha.jpg

Abajenerali bataratangazwa imyirondoro batumijwe ko komite y’imyitwarire y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (FARDC) ngo basobanure irengero ry’asaga Frw miliyoni 90 yabuze kandi yari agenewe abasirikare bahanganye n’inyeshyamba za ADF zayogoje agace ka Beni mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Uhagarariye Intara ya Kivu y’Amajyaruguru mu Nteko Ishinga Amategeko ya Congo, Saidi Balikwisha, avuga ko […]

Tanzania iravuga ku byatangajwe ko imipaka yayo n’u Rwanda na Zambia ifunze

Tanzania ivuga ko ibihugu by’u Rwanda na Zambia bitafunze imipaka bihana n’iki gihugu bitewe no gukumira COVID-19. Ibi ni ibyagarutsweho mu nteko ishinga amategeko ubwo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Prof. Palamagamba John Aidan Mwaluko Kabudi, yari yatumijwe kuwa Gatanu w’iki cyumweru, ngo asobanure iby’umubano n’ibihugu byombi. Ministiri Kabudi yabwiye abadepite ko umubano […]

Amakamyo asaga 50 yo muri Kenya yangiwe kwinjira mu Rwanda

Amakamyo asaga 50 yo muri Kenya yikoreye ibicuruzwa, abashoferi n’abatandiboyi bayo yaheze ku Mupaka wa Mirama Hills ku ruhande rwa Uganda nyuma yo kwangirwa kwinjira Kagitumba ku ruhande rw’u Rwanda. Benshi mu bashoferi bavuga ko bamaze ibyumweru hagati ya bibiri na bitatu ku Mupaka wa Mirama nyuma yo kwangirwa kwinjira mu Rwanda. Aba bashoferi baganiriye […]

U Burundi bwahagaritse uburobyi muri Rweru nyuma y’aho ingabo zabwo zirasanye n’iz’ u Rwanda

Abayobozi mu Ntara ya Kirundo baherutse gufata icyemezo cyo guhagarika uburobyi mu Kiyaga cya Rweru. Ni nyuma y’aho ingabo zabwo zirasanye n’iz’ u Rwanda bapfa ko Abarundi bavogereye amazi y’u Rwanda. Iki cyemezo nk’uko amakuru Ijwi rya Amerika ribikesha abegereye abarobyi bakorera muri icyo kiyaga babivuga, cyafashwe nyuma y’uruhererekane rw’amasasu yahitanye ubuzima bw’umusirikare w’Umurundi kuwa […]

Rusizi: Gitifu yaguwe gitumo yibye amabati

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gakoni, mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, Wilson Hatangimana yafatiwe mu cyuho we n’umuzamu basohoye amabati yari abitse mu biro by’aka kagari bivugwa ko bari bagiye kuyagurisha. Abaturage ngo ni bo bahamagaye ubuyobozi bavuga ko umuyobozi w’akagari arimo kwiba ayo mabati ngo ajye kuyagurisha kandi yaragenewe kubakira abatishoboye. Ni […]

Rubavu: Ntiharamenyekana ikiri kwica abana mu buryo bw’amayobera

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rugerero buvuga ko hataramenyekana icyihishe inyuma y’urupfu rw’abana batatu bo mu Mudugudu wa Gahinga, Akagari ka Basa bahitanywe n’indwara itaramenyekana. Mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane, tariki ya 14 Gicurasi 2020, ni bwo abana barindwi bafashwe n’uburwayi byavugwaga ko baribwa mu nda, muri bo batatu bamaze kwitaba Imana. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge […]

Local leaders arrested for beating people

Rwanda Investigations Bureau announced on Thursday that it arrested and detained local leaders in Musanze district that appeared in a viral video while beating residents that walked without wearing facemasks. Sebashotsi Jean Paul the executive Secretary Cyuve Sector, Tuyisabimana Jean Leonidas the executive sectretary Kabeza cell, Nsabimana Anaclet (Dasso),Abiyingoma Sylvain (Dasso) descended on two residents […]

Umukobwa yasuye umusore i Kigali rwihishwa aherayo kubera COVID-19

Umubyeyi utashatse ko amazina ye agaragara mu itangazamakuru, avuga ko umukobwa we w’imyaka 21 yavuye mu rugo mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango avuga ko agiye gusura nyirasenge utuye ku Kamonyi kandi arimo kubeshya, ahubwo asuye umusore w’inshuti ye rwihishwa mu Mujyi wa Kigali. Uyu mubyeyi yandikiye info@bwiza.com avuga ko umukobwa we warangije […]

Coronavirus ntaho izajya-OMS

Ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi OMS/WHO rivuga ko coronavirus “ishobora kutazagira aho ijya”. Mu kiganiro n’abanyamakuru kuwa Gatatu tariki 13 Gicurasi, Dr Mike Ryan ukuriye ibikorwa by’ubutabazi muri OMS, yaburiye abantu kwirinda guteganya igihe iyi virus izaba yaracitse. Yavuze ko nubwo urukingo rwayo rwaboneka, gukomeza kuyirwanya bizasaba imbaraga nyinshi. Ubu ku Isi abantu […]

Rusizi/Rwimbogo: Abavanwe mu byabo baravuga ko hari igihe batarya na rimwe ku munsi

Abaturage bavanwe mu byabo n’ibiza mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi barasaba ubuyobozi kubagoboka bukabaha ibiribwa kuko ngo inzara ivuza ubuhuha nyuma yo gusenyerwa n’ibiza byangirije ibyo bahinze bose. Aba baturage bavuga ko uretse kuba inzara imeze nabi, bakeneye n’ibindi bikoresho by’isuku bya ngombwa kugira ngo birinde indwara zaterwa n’umwanda. Umwe muri aba […]

Huye: Abantu bakomeje gupfira mu cyuzi cy’uruganda rw’amazi rwa Kadahokwa

Abantu batandatu ni bo bimaze kumenyekana ko mu bihe bitandukanye baguye mu cyuzi cy’uruganda rw’amazi rwa Kadahokwa, rugaburira amazi Umujyi wa Huye. Abantu babaye batandatu nyuma y’aho kuwa 12 Gicurasi 2020, undi muntu bivugwa ko yiyahuye. Abahaturiye bavuga ko abaye uwa gatandatu upfiriyemo nk’uko TV1 ibitangaza. Ubuyobozi bw’Umurenge wa Ngoma buvuga ko uyu mugore wiyahuye […]

Ubufaransa bumaze imyaka 13 butaraburanisha urubanza rw’ukekwaho jenoside

Leta y’Ubufaransa imaze imyaka 13 itaraburanisha uwitwa Eugene Rwamucyo, ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1995 mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare. Ishyirahamwe The Collectif des Parties Civiles pour le Rwanda (CPCR), ryatangarije The New Times ko ryatangaje ko mu 2007 ari bwo bareze Rwamucyo w’imyaka 60 ariko kugeza ubu akaba atari yakaburanishijwe. […]

Urutonde rw’ibihugu bifite igisirikare gikomeye mu karere u Rwanda ruherereyemo

tz.jpg

Igisirikare cyahoze, kizahora kandi n’ubu ni urwego rw’ingenzi ku gihugu icyo ari cyose mu Isi. Mu kugira ngo kigire akamaro, hari byinshi bigishorwamo by’umwihariko ingufu mu ngeri nyinshi gusa by’umwihariko amafaranga. Ibi nibyo bituma ibihugu bimwe bigira igisirikare gikomeye, ibindi bikagira ikiri mu rugero mu gihe ibindi bifite igiciriritse nk’uko Bwiza.com yabibagejejeho. Soma https://bwiza.com/?2020-Urutonde-rw-ibihugu-bifite-igisirikare-cy-intege-nke-muri-Afurika Bwiza.com […]

Iyirukanwa rya Gonzaga muri ARJ ryateje bombori bombori

Kuwa 7 Gicurasi 2020, Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru (ARJ/Association Rwandaise de Journalistes), bwatangaje ko bwirukanye Gonzaga Muganwa, wari ku mwanya w’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’iri shyirahamwe, gusa kuva icyo gihe hajemo icyafatwa nk’umwuka wa bombori bombori mu banyamakuru bamwe bo mu Rwanda. Iki cyemezo cyashimangiwe n’inama yahuje inzego z’ubuyobozi za ARJ (Komite Nyobozi, Komite Ngenzuzi n’Urwego rwo Gukemura […]

Perezida Magufuli na mugenzi we Nkurunziza ntibitabiriye inama ya EAC

Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli na mugenzi we w’u Burundi, Pierre Nkurunziza , ntibitabiriye inama nyunguranabitekerezo y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yabaye kuri uyu wa 12 Gicurasi 2020. Ni inama yabaye hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga (video conference). Yitabiriwe n’abaperezida barimo: Uwa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni, uwa Kenya, Uhuru Muigai Kenyatta, uwa […]

2020: Urutonde rw’ibihugu bifite igisirikare cy’intege nke muri Afurika

car-faca-trained-russia-41980168_1846873072055509_6219732343964303360_o-1170x610.jpg

Mu gihe abategetsi b’ibihugu bya Afurika bakomeje urugamba rwo gushyira imbere igisirikare, hari aho bageze ku ntambwe ishimishije mu gihe abandi nabo bakiri inyuma. Bwiza.com iherutse kubagezaho urutonde rw’’ibihugu bifite igisirikare gikomeye muri Afurika ibikesha Globalfirepower, ubu igiye kubabagezaho urutonde rw’ibihugu bitanu bifite igisirikare gifite intege nke. Global Firepower (GFP) buri mwaka ishyira hanze urutonde […]

Rwamagana: Umupasiteri yishwe atewe ibyuma n’abantu bataramenyekana

Umuturage witwa Pasiteri Theoneste Bapfakurera wo mu Mudugudu wa Gitaraga mu Kagari ka Nyarukombe mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, yishwe n’abantu bataramenyekana mu ijoro ryakeye ubwo yari mu iduka ry’uwitwa Théophile Ntirutwa. Umunyamakuru wa Bwiza.com ukorera mu Karere Rwamagana yavuze ko abantu bagera mu 9 , baje bambaye amakote bafite n’imbunda bakabanza […]

Umugore tubana mu gipangu yansabye kumutera inda akampa Frw-umusore w’ i Kigali

Umusore uvuga ko atuye muri umwe mu Mirenge y’Akarere ka Nyarugenge, Kagabo (amazina yahinduwe) atangaza ko hari umugore babana mu gipangu aho akodesha, wamusabye ko yamutera inda akamuha Frw ibihumbi 300. Kagabo avuga ko uyu mugore ufite umwana umwe w’imyaka ine babanje kujya bavugana bisanzwe nk’abaturanyi ariko ngo akabona uyu mugore atashatse kuvuga amazina, arashaka […]

Gahunda nziza zagenewe abaturage zakoze ku bayobozi basahurira mu nduru

Leta y’u Rwanda mu byerekezo bitandukanye yihaye intego runaka yifuza kugeraho. Izo ntego kugira ngo zigerweho, hagiye hashyirwaho gahunda nziza zinyuranye zigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage ndetse n’ubukungu muri rusange ari nako himakazwa imiyoborere myiza.Gusa izi gahunda zagiye zivangirwa na bamwe mu bayobozi bashaka gusahura ibya rubanda nubwo bamwe bitabaguye neza. Izi gahunda ni […]

Abasirikare bakekwaho guhohotera abaturage ba Bannyahe bahakanye ibyo baregwa

Abasirikare batanu bakekwaho ibyaha byo guhohotera abaturage mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo ahazwi nka Bannyahe bose bahakanye ibyaha baregwa ubwo bitabaga Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwatangiye kubaburanisha kuri uyu wa 11 Gicurasi 2020. Urukiko rwatangiye rubaza umwirondoro wa buri umwe, ruhera kuri Pte Ndayishimiye, abazwa niba atarigeze akatirwa n’urukiko. Mu gusubiza yavuze […]

2020: Urutonde rw’ibihugu 10 bifite ubutasi bukomeye muri Afurika

Ku mugabane wa Afurika no ku Isi muri rusange, abategetsi benshi ntibahwemye gushyira akayabo mu rwego rw’umutekano, ingingo ifite ishingiro ku mpamvu z’ubusugire bw’ibihugu. Afurika aho ibihugu byinshi bikennye, abategetsi bahisemo ko inzara yibasira rubanda rwa giseseka, ibikorwaremezo nkene ariko icyitwa urwego rw’ubutasi rukaza imbere mu gushorwamo ingano y’amafaranga byagorana kumenya. Hari n’aho uru rwego […]

OMS ivuga ko abantu ibihumbi 190 bashobora kuzicwa na Coronavirus muri Afurika

Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) riburira ko abantu bagera ku 190,000 bashobora gupfa muri Afurika mu mwaka wa mbere w’icyorezo cya coronavirus niba ingamba z’ingenzi zo kukirwanya zitagize icyo zigeraho. Ubushakashatsi bushya bwa OMS bunateganya ko iki cyorezo gishobora gukomeza kubaho mu myaka micye iri imbere. Matshidiso Rebecca Natalie Moeti, ukuriye OMS ishami […]

DRC: Umurambo wa Gen. Kahimbi ugiye gusubizwa umuryango we

Umurambo wa Maj. Jenerali Delphin Kahimbi wari Umugaba Mukuru w’Ingabo wungirije ushinzwe Ubutasi bwa gisikare cya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo ugiye guhabwa umuryango we kugira ngo ushyingurwe. Ikinyamakuru Taarifa kivuga ko gifite amakuru yizewe ko umurambo wa Jenerali Kahimbi wapfuye kuwa 28 Gashyantare 2020 uzashyikirizwa umuryango ukava mu bubiko bw’ibitaro. Ubusabe bukurikije amategeko bwamaze […]

RSB na FDA bavuga ko hakiri icyuho mu gukora udupfukamunwa

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge (RSB) n’Igishinzwe Ubuziranenge bw’Imiti n’Ibiribwa (FDA) batangaza ko hakiri icyuho mu gukora udupfukamunwa muri ibi bihe dukenewe cyane hirindwa kwanduzanya Coronavirus. Kugeza ubu, ibigo 38 byari byahawe uburenganzira bwo gukora udupfukamunwa mu Rwanda ntibihaza abaturage badukeneye bose. Aba bamaze gukora utugera kuri miyoni 2.5 mu gihe bagomba kutugeza kuri miliyoni zisaga 12 […]

Nyagatare: Umugabo arataka akarengane yakorewe na Gitifu wamufungiye umugore

Umugabo witwa Telesphore Nshimiyimana utuye mu Mudugudu w’Agasasa, Akagari ka Bayigaburire mu Murenge wa Katabagemu avuga ko yakorewe akarengane n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari, Daniel Ntwali wamufungiye akabari ndetse agafungira umugore we, Odette Murekatete mu biro by’akagari. Uyu muturage w’imyaka 30 yatangarije Bwiza.com ko icyo yita akarengane ari uko mu Mudugudu akoreramo utubari twose dukora ariko ake […]

Urugamba rwa Bulge rwazanye amayeri yo kwivanga mu mirongo y’umwanzi

battle-of-the-bulge-gettyimages-1140427866.jpg

Urugamba rwa cya Bulge cyangwa Ardennes Counteroffensive, ni kimwe mu cyagaragaje ko hashobora kuba amayeri yo kwivanga n’uruhande ruhanganye n’urundi hagamije kwiyoberanya ngo insinzi iherere ku ruhande rumwe. Ni urugamba rwabaye kuva kuwa 16 Ukuboza 1944 kugeza kuwa 25 Mutarama 1945 mu gihe cy’intambara ya Kabiri y’Isi. Rwari rwahuje Abadage n’ingabo z’abishyize hamwe, basakiranira mu […]

Rubavu: Inzego z’umutekano zishe zirashe abantu babiri bikoreye urumogi undi aracika

Abantu babiri bishwe barashwe n’inzego z’umutekano z’u Rwanda, undi aracika ubwo bari bageze mu Mudugudu wa Nyakabanda, mu Kagari ka Rwangara mu Murenge wa Cyanzarwe bikoreye imifuka y’urumogi. Umwe mu baturage utashatse gutangaza imyirondoro ye yatangarije Bwiza.com ko ibi byabaye mu ijoro ryakeye mu kibaya gihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira demukarasi ya congo. Uyu […]

Amerika ntizashyira mu gisirikare abakize Coronavirus

exmcgs1uyaagbp7.jpg

Minisiteri y’Ingabo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Pentagon) ntizakira abajya mu gisirikare bigeze kurwara COVID-19 bakaza kuyikira nk’uko ibitangazamakuru bikomeje kubigarukaho. Itangazo rito ryasohowe n’urwego rushinzwe ibyo kwinjiza abaturage mu gisirikare, ayo makuru yakwirakwiye ku rubuga rwa Twitter avuga ko “ Uwaba yarapimwe na labolatwali cyangwa ivuriro ariko bikagaragara ko yanduye COVID-19 ntabwo yemerewe.” […]

One dead, 11 injured in Kigali grenade explosion

Rwanda National Police (RNP) has said that one person was killed by a grenade explosion in Ndera sector of Gasabo District in Kigali and other 11 people were left injured on Thursday, May 07. The victim, according to RNP, was a 25-year-old man identified as Jean-Paul Tunezerwe who was a resident of Ndera and a […]

Huye: Abaturage bakoze imyigaragambyo nyuma y’amezi icyenda WASAC itarabishyura ingurane y’ibyabo

1-9.jpg

Bamwe mu baturage bo mu Mududgudu wa Gikombe, Akagari ka Sovu mu Murenge wa Huye bakoze imyigaragambyo bamagana kuba bamaze amezi agera ku icyenda badahabwa ingurane y’ibyangijwe hubakwa ikigega cy’amazi. Bamwe mu baganiriye na Bwiza.com batangaza ko batandatu muri bo bishyuwe, hagasigara barindwi ndetse ngo ubuyobozi bwa WASAC bwubakishije ikigega ntibwababwiye impamvu bo batishyuwe nk’abandi […]

Rain kills 72 in Rwanda

Sety-two people were killed in Wednesday’s heavy rains in different parts of Rwanda, a senior Rwandan official said Thursday. The victims were killed by floods and landslides triggered by the rains, and four others were injured, Minister in charge of emergency management Marie Solange Kayisire said during a live news program on Rwanda Television. The […]

SA: Abajura bigabye ku biro bya polisi biba inzoga zafashwe mu bihe bya guma mu rugo

Abajura batazwi umubare ni bo binjiye mu biro bya polisi bya Eastern Cape, kuri sitasiyo ya Eliotdale, muri Afurika y’Epfo, biba amacupa menshi y’inzoga zitandukanye zari zafatiwe mu tubari twishe amabwiriza yo gufunga mu bihe byo kwirinda Coronavirus. Umuvugizi wa Polisi ya Afurika y’Epfo, Brig. Vishnu Naidoo yatangaje ko ibi byabayeho kuwa Gatatu w’iki cyumweru […]

Gakenke/Muzo: Abantu icyenda bahitanwe n’imvura, umwe yaburiwe irengero

Abantu icyenda ni bo bitangazwa ko bishwe n’imvura yaguye mu ijoro ryakeye mu tugari dutandukanye two mu Murenge wa Muzo, mu Karere ka Gakenke Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muzo, Gasasa Evergiste yatangarije Bwiza.com ko aya makuru ari impamo. Gitifu Gasasa ati ” Ayo makuru ni impamo. Hari umuntu umwe utaraboneka, ariko turakeka ko yatwawe n’amazi. […]

Maneko wavuze ko afite ibimenyetso bishinja Gen. Kayihura urupfu rwa Kaweesi yatawe muri yombi

capture-23.png

Umukozi w’Urwego rw’Umutekano w’imbere mu gihugu cya Uganda (ISO) Simon Odongo, wigeze kuvuga ko afite ibimenyetso bihamya Gen. Kale Kayihura uruhare mu rupfu rwa AIGP Andrew Felix Kaweesi yatawe muri yombi. Odongo yafaswe kuwa Mbere w’iki cyumweru ubwo yageragezaga kurasa umwe mu basirikare b’igihugu bari muri paturuyi ku iyubahirizwa rya Guma mu rugo. Umwe mu […]

Lt.Col. Sarkozeny: Kabuhariwe mu kugaba ibitero by’ibanga utarahaniwe gukorana n’Abanazi ahubwo akagororerwa

bundesarchiv_bild_101i-680-8283a-30a__budapest__otto_skorzeny__adrian_v._folkersam-3.jpg

Umusirikare mu ngabo kabuhariwe z’Abadage (SS), Lt.Col. Otto Sarkozeny ni umwe mu basirikare basigaye birahirwa mu kuyobora ibitero by’ibanga nyuma y’intambara ya kabiri y’Isi. Hari n’abadatinya kuvuga ko yari umwe mu bagabo batinyitse nyuma y’iyi ntambara, kuko aho guhanirwa kuba yarakoranye n’Abanazi ba Hitler, yagizwe umujyanama mu by’igisirikare mu bihugu bitandukanye ku Isi. N’ubwo afite […]

DRC: Umuyobozi w’inyeshyamba zakoranye na FDLR yamanitse amaboko

Umuyobozi w’Inyeshyamba zitwa Union of Congolese Patriots for Peace (UPCP), Lafontaine Sikuli ku wa Mbere w’iki cyumweru yishyize mu maboko y’Ingabo za Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (FARDC). Aya makuru yemejwe n’Umuyobozi w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Carly Nzanzu Kasivita kuru uyu wa Kabiri tariki 5 mata nyuma y’ibiganiro na Komite y’umutekano mu Mujyi wa Goma. […]

Ababyaza baracyari bake mu Rwanda

Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Ababyaza mu Rwanda, Josephine Murekezi atangaza ko mu Rwanda ababyaza bakiri bake n’ubwo bagiye biyongera mu myaka ishize. Murekezi avuga ko kuba ababyaza bakiri bake ari inkomyi kuko bituma bakora amasaha menshi nta kiruhuko. Yatangarije The New Times ko umunsi mpuzamahanga w’ababyaza mu Rwanda usanze hakiri iki kibibazo muri uru rwego. Ati “ […]

Operasiyo Oak: Hitler yakuye mu menyo ya rubamba Mussolini mu buryo butangaje

bundesarchiv_bild_183-j15420__gran_sasso__mussolini_vor_hotel.jpg

Igitero cyiswe Oak cyangwa Gran Sasso ni igitero cyateguwe n’Ubudage ku busabe bwa Adolf Hilter wari uyoboye iki gihugu kuwa 12 Nzeri 1943 hagamijwe gufunguza Minisitiri w’Intebe w’Ubutaliyani, Benito Mussolini wari ufungiwe mu misozi iri ku butumburuke bwa metero 2,912. Mu ijoro ryo kuwa 24 rishyira 25 Nyakanga 1943, Ishyaka rya Fascist ryafashe icyemezo cyo […]

COVID-19: Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ugiye gusuzuma umuti wa Madagascar

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe watangaje ko uri kuvugana na Leta ya Madagascar ushaka kubona amakuru ya gihanga ngo upime niba uyu muti ntacyo utwaye kandi uvura coronavirus nk’uko bitangazwa. Uyu muryango uvuga ko nubona amakuru arambuye ibigo byawo byo gukumira no kurwanya ibyorezo (Africa CDC) bizayasuzuma bikareba niba uyu muti wiswe Covid Organics uvura. […]

Rusumo: Abatwara amakamyo bo muri Tanzania bakoze igisa n’imyigaragambyo

Abatwara amakamyo manini bava muri Tanzania bakoze igisa n’imyigaragambyo ku Mupaka wa Rusumo, bibasira abo ku ruhande rw’u Rwanda, bamagana uburyo bushya buriho bwo guhinduranya abashoferi igihe bageze ku mupaka. Ibi byabaye kuwa Mbere tariki 4 Gicurasi aho abashoferi bamaganaga amabwiriza yashyizweho n’uruhande rw’u Rwanda ko umushoferi uvuye muri Tanzania atazajya yambuka umupaka wa Rusumo, […]

Kenya: Yishwe n’ababyeyi be nyuma yo gusaba ko bamuha ku nkwano za mushiki we

Umusore w’imyaka 25 wo mu cyaro cya Kamweani mu gace ka Kithimani muri Machakos muri Kenya, Francis Mulwa yishwe n’abo mu muryango we be nyuma yo kubasaba ko bagira icyo bamugenera ku nkwano zari zakowe mushiki we. Mulwa yishwe na bashiki be babiri’ Mary Nduku naTeresia Nthenya ndetse na Se Bernard Muthama Kilundo, nyuma yo […]

Papa Benedigito avuga ko hari abagamije “kumucecekesha”

Uwahoze ari Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Benedicto XVI atangaza ko hari abantu baba badashaka ko atanga ibitekerezo bye ku ngingo zimwe na zimwe zireba Kiliziya, bitwaje ko yarwanyije ko iby’ubutinganyi abyita ko ari ibya antikirisito ndetse ngo “bagashaka kwibasira ibitekerezo bye.” Joseph Ratzinger, amazina ye asanzwe afite imyaka 93, mu rwandiko ruvuga […]

COVID-19: Abagore miliyoni 7 bashobora kuzatwita bitateganyijwe-UN

Ikigega cy’Umuryango w’Abibumbye cyita ku baturage (UNFPA) kivuga ko abagore bagera kuri miliyoni zirindwi bashobora kuzatwita inda zitateganyijwe mu gihe ibihe byo kuguma mu rugo kubera Coronavirus byaba bimaze amezi atandatu. UNFPA ivuga ko muri ibi bihe, ibitaro byitaye cyane ku kuvura abarwayi ba Coronavirus, abandi baturage bagasabwa kubigana ari uko habaye ikibazo kidasanzwe, ari […]

Rubavu: Umukobwa yasanzwe yambaye ubusa aziritswe ku giti

Umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 18 utatangajwe amazina yasanzwe mu Kagari ka Nyundo, Umurenge wa Mudende mu Karere ka Rubavu mu ijoro ryo kuwa 3 Gicurasi, yasanzwe yambaye ubusa kandi aziritse ku giti. Umwe mu baturage bahaye amakuru Bwiza.com avuga ko ” Uyu mukobwa yari yambaye ubusa buri buri kandi ntiyabashaga kuvuga. Ubuyobozi bwamujyanye ku […]

Rubavu: Yagiye mu bitaro nyuma yo gutema umwe mu bo yagurishije inka

91e22806-16cf-42d7-af5b-8e77344ee345_-_copy.jpg

Umugabo wo mu Murenge wa Nyakiriba witwa Sebarabona Theoneste yatemye mu mutwe mugenzi we, Ndayambaje Kazungu yari yaragurishije inka ndetse na we arikomeretsa bituma bombi bajyanwa mu bitaro. Sebarabona w’imyaka 40 watemye Ndayambaje w’imyaka 43, nk’uko umwe mu baturage yatangarije Bwiza.com ko ibi byaturutse ku mvururu zo kuba yari yaragurishije inka abantu babiri batandukanye ndetse […]

Musanze: Umunyamafaranga yakubise agira intere abaturage batatu yaketse ko bamwise “sha”

Abagabo batatu; Marcel Twagirayezu, Jean de Dieu Zirunguye na Gasaza batuye mu Kinigi mu Karere ka Musanze, bavuga ko bakubiswe n’uwo bita umunyamafaranga, Marcel Twizerimana wari uketse ko bamwise “sha” ikintu ngo afata nko kumusuzugura. Aba baturage baherutse gutangariza TV1 ko Twizerimana yabategeye mu nzira akabahondagura afatanyije n’abakozi be, nyuma y’uko yari aketse ko bamwise […]

Urutonde rw’abaperezida batanu bakennye muri Afurika

40dcfbee-a335-494d-afaf-e6b3aebe3b97-ango_aspr_1.499_w640_h427_e400.jpg

Ku mugabane wa Afurika, byabaye itetu ko umutegetsi asahura igihugu, agakungahara igihe cyose ari ku butegetsi. Gusa ntibibuza bamwe muri bo kuba bagarukwaho nk’abakennye. Kuba bakennye si ku rwego rwa rubanda bategeka, ahubwo bitwa ko bakennye harebwe kuri bagenzi babo ibyo batunze. Ikinyamakuru African Standard gitangaza ko abaperezida bo muri Afurika bakurikirana gutyo: 5. João […]

Trump ntiyemeranya n’Ubutasi buvuga ko Coronavirus itakorewe mu Bushinwa

Perezida Donald Trump wa Amerika yagaragaje ko adahuza n’inzego z’ubutasi za leta ye ubwo yavugaga ko yabonye ibihamya ko coronavirus yakorewe muri laboratoire mu Bushinwa. Uyobora ibiro by’ubutasi bya Amerika yari yatangaje ko bakiri gukora iperereza ku nkomoko y’iyi virus. Gusa ibi biro bivuga ko byamaze kubona ko Covid-19 “atari virus yakozwe n’abantu cyangwa yahinduwe […]

Rubavu: Noteri akurikiranweho guhindurira ibyangombwa uwagurishije isambu umugore atabizi

Noteri w’Ubutaka mu Murenge wa Rugerero, Barigora Rwemera afunzwe akurikiranweho gufasha guhindura ibyangombwa by’ubutaka umugabo wagurishije umutungo rwihishwa umugore we atabizi. Umwe mu bayobozi b’Umurenge wa Rugerero utashatse ko amazina ye atangazwa, yatangarije Bwiza.com ko yamenye iby’ayo makuru y’itabwa muri yombi rya Rwemera. Ati “Nanjye nabyumvise gusa sindabimenyaho byinshi.” Bwiza.com yagerageje kuvugana n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubushinjacyaha […]

Ruhango: Babiri bakurikiranwe bakekwaho kwica umwarimukazi

Abagabo babiri; Turatsinze uzwi nka Padiri na Ndahayo, bafashwe bakekwaho kwica Umwarimukazi, Uwimana Monique mu mpera z’icyumweru gishize, aho amakuru yavugaga ko yagiye gusura inshuti ye akagwayo bitunguranye. Turatsinze na Ndahayo biyongereye kuri Mukakalisa Chantal nyakwigendera yari yasuye, we wahise atabwa muri yombi akekwaho iki cyaha cy’ubwicanyi. Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens yavuze ko […]

COVID-19: Impamvu ibikorwa bimwe byafunguwe kandi abarwayi bakomeje kwiyongera

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) itangaza ko hari impamvu zatumye yemera ko hagira ibikorwa bimwe na bimwe byemererwa kongera gukora mu gihe abarwayi ba COVID-19 bakomeje kwiyongera uko umunsi utashye. Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije atangaza ko kuba bemeye ko hari serivisi zemerewe kongera gukora bitewe n’uko minisiteri izi neza ahari kuva ubwandu bushya, bityo […]

Bugesera: Umuyobozi yeguye nyuma yo kuvugwaho ubusinzi

Umukozi ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage (SEDO) mu Kagari ka Kibungo mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera, Jean Paul Niyongira yeguye nyuma y’aho abaturage bari bamushinje ko ari umusinzi utubahiriza inshingano ze. Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kibungo bari batangarije TV1 ko basanga SEDO Niyongira yakwegura, umwanya ugahabwa undi. Aba baturage batanga ko […]

Kwizihiza umunsi w’umurimo uri mu bibazo bya Coronavirus ni akaga

Nk’uko bisanzwe, kuwa 1 Gicurasi mu Rwanda no ku Isi yose, harizihizwa umunsi mpuzamahanga w’umurimo gusa usanze uretse ibibazo byari bisanzwe mu Rwanda bijyanye n’imirimo, hiyogereyeho icyorezo cya Coronavirus, kuwizihiza muri uru ruvange rwibibazo ni akaga gakomeye . Uyu munsi mpuzamahanga w’abakozi ufite inkomoko ku cyiswe “Haymarket affair”, iyi ikaba ari imyigaragambyo yabereye i Chicago […]

Rubavu/Rugerero: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho gufata ku ngufu umukobwa

Umugabo witwa Ndagijimana Innocent w’imyaka 42 yafashwe akekwaho gufata ku ngufu umukobwa w’imyaka 25 utuye mu Mudugudu wa Nkama, Akagari ka Kabirizi, Umurenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu. Umwe mu baturage babonye itabwa muri yombi rya Ndagijimana yatangarije Bwiza.com ko ” Yabonye Ndagijimana n’uwo bikekwa ko yafashe ku ngufu bajyanwe kuri Sitasiyo ya RIB […]

2020: Urutonde rw’ibihugu bitanu bifite igisirikare gikomeye muri Afurika

download-6.jpg

Umugabane wa Afurika ugizwe n’ibihugu 54 byemewe n’Umuryango w’Abibumbye. Gusa hari ibindi ‘bihugu’ nka Reunion, Sahara y’Uburengerazuba, Mayotte na Saint Helena bitaremerwa ahubwo bikaba kuba byakwemerwa nk’ibihugu bikaba bigisuzumwa. Mu nzego zitandukanye ziba zigize ibi bihugu harimo igisirikare. Mu Isi ya none, igisirikare kivuze byinshi ku gihugu. Hari aho usanga kiri mu bigenerwa ingengo y’imari […]

Rubavu: Aho Sebeya yisukira mu Kivu hagaragaye umurambo w’ umuntu utaramenyekana

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Mudugudu wa Nyaburanga, Akagari ka Nengo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu aho Sebeya yisukira mu kiyaga cya Kivu. Umwe mu bahaye amakuru Bwiza.com utashatse kumenyakana avuga ko umurambo w’uyu mugabo wabonetse kuwa Gatatu tariki 29 Mata 2020 ahagana saa saba z’amanywa. Uyu muturage unatuye mu Murenge wa […]

Amerika ivuga ko itazi aho Kim Jong-Un aherereye

Abategetsi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bavuga ko “badaheruka kubona” Perezida Kim Jong-un wa Koreya ya Ruguru kandi bari gukurikiranira hafi ibivugwa ku buzima bwe, byatangajwe na Mike Pompeo ushinzwe ububanyi n’amahanga muri iki gihugu Pompeo yavuze ko bafite impungenge ko icyo gihugu gishobora kuba kibasiwe na coronavirus cyangwa n’icyorezo cy’inzara nk’uko BBC ibitangaza. […]