Hemejwe imipaka ntakuka hagati y’u Rwanda na Congo

Mu gihe u Rwanda rwifatanyaga n’ibindi bihugu bwo ku mugabane w’Afurika kwizihiza umunsi wahariwe imipaka, hemejwe imipaka igera kuri 22 hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni umuhango wari witabiriwe na Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe ku ruhande rw’u Rwanda hamwe na Minisitiri w’umutekano wa Congo Henri Mova Sankanyi aba bombi bakaba […]

Urutonde rwa Sitade 12 zo mu Burusiya zizakinirwaho imikino y'igikombe cy'Isi- AMAFOTO

Imikino y’igikombe cy’Isi 2018, izatangira ku wa Kane tariki ya 14 Kamena 2018, mu Burusiya. Mu kuyitegura neza, hateganyijwe sitade 12 zizakinirwaho imikino yose, kuva itangiye kugeza irangiye. Reba amafoto yazo n’abo zakira: 1. Sitade ya Luzhniki Ni sitade nini cyane, yubatswe mu 1956 mu gace ka Khamovniki gaherereye i Moscow, yakira abantu 81,006. Niyo […]

Norway: Umunyarwanda ukekwaho uruhare muri Jenoside yatawe muri yombi

Leta ya Norway yatangaje ko kuwa Kabiri tariki ya 5 Kamena 2018 yataye muri yombi umugabo w’Umunyarwanda uri mu kigero cy’imyaka 50 y’amavuko ukurikirwanyweho ibyaha byo kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Urwego rushinzwe iperereza muri kiriya gihugu rwa “Kripos” rwatangaje mu itangazo rwashyize ahagaragara ko uyu mugabo utahise atangarizwa amazina yafatiwe mu […]

Uganda: Umwe mu basirikare barinda umugore wa Perezida Museveni yatewe icyuma

Umushoferi w’imyaka 19 akurikiranweho icyaha cyo gukubita no gutera icyuma umwe mu basirikare bashinzwe kurinda umugore wa Perezida Museveni wa Uganda.   Uyu musore wafashwe ni Joshua Tusingwire, atuye i Muhamya, Rubaare Sub, muri Ntungamo, ngo akaba yarateye uyu musirikare icyuma ubwo umufasha wa Perezida, Janet Museveni yagendereraga akarere ka Ntungamo mu gikorwa cy’ubukangurambaga bujyanye […]

Terese Mitsindo arasaba Perezida Kagame guhesha Abanyafurika agaciro mu ruhando rw’amahanga

Umunyarwanda uba mu gihugu cy’u Butaliyani,  Maria Terese Mitsindo, arasaba Perezida Kagame gufasha Afurika ntikomeze gusuzugurwa mu ruhando rw’amahanga, maze impunzi z’Abanyafurika zirara munsi y’amateme i Burayi, zigahabwa agaciro. Maria Terese Mitsindo, aba mu gihugu cy’u Butariyani. Ni umubyeyi w’abana bane ukomoka mu Rwanda, mu Mujyi wa Huye, mu ntara y’Amajyepho. Amaze guhabwa ibihembo bine […]

U Rwanda rurasaba urukiko ‘MICT’ kugaragaza ingingo zirurengera ku mwanzuro wo kurekura bamwe mu bakoze Jenoside

Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni, Valentine Rugwabiza yasabye umuryango w’Abibumbye ko Urwego rw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, MICT rwagaragaza mu buryo buboneye ukuntu hakiri abantu bidegembya kandi baza muri ba ruharwa mu kugira uruhare Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Ibi yabitangaje mu kiganiro n’akanama k’umutekano mu muryango w’Abibumbye yabereye I New York aho yavuze ko […]

Abatavuga rumwe na Leta ntibemera nk’ukuri ibyo Perezida Nkurunziza yavuze ko mu 2020 ataziyamamaza

Abatavuga rumwe na Leta y’u Burundi, bavuga ko batizeye ibyo Perezida Nkurunziza yatangaje ko mu 2020 azava ku buyobozi. Bemeza ko ibyo yababeshye ari byinshi. Ku wa Kane tariki ya 7 Kamena 2018, Nibwo Perezida Nkurunziza yatangarije Abarundi n’amahanga ko yiteguye gushyigikira umukuru w’igihugu Abarundi bazitorera mu 2020, by’umwihariko ko we atazongera kwiyamamaza. Perezida Nkurunziza […]

I Burasirazuba: Min. Kaboneka arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze gushyira imbere inyungu z’abaturage

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu Ntara y’i Burasizuba gushyira imbere inyungu z’abaturage. Ibi Min. Kaboneka yabitangaje ku wa Kane tariki ya 7 Kamena 2018, mu muhango wo kwibuka abahoze ari abakozi b’amaperefegitura na su-pereferegitura, byahujwe bikaba Intara y’i Burasirazuba bishwe muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Agira ati “ndasaba […]

Ingingo zirengagizwa nabesnhi kandi ariryo pfundo ry'ibyishimo by'umugore mu gihe cyo gutera akababriro

Abagore benshi baryoherwa n’ imibonano mpuzabitsina, ariko usanga uburyo bishima atari bumwe. Tugiye kubabwira bimwe mu bituma umugore aryoherwa ndetse bikaba byatuma ahora yishimiye uwo bafatanya mu gutera akabariro. Umugore aryoherwa no gutera akabariro iyo umugabo barimo guhuza urugwiro amweretse ko amwitayeho kandi akabikora amubwira utugambo twinshi twiza, kuko abagore benshi bemeza ko badakunda umugabo […]

Umusore yafashwe asambanya ihene yisobanura avuga ko atinya ko abantu bamwanduza SIDA

Umusore witwa Otieno Jalango wo mu gace ka Muhuru muri Kenya yafashwe asambanya ihene y’umuturage abajijwe impamvu yabikoze yisobanura ko yanga kuryamana n’abantu atinya ko bamwanduza virusi itera SIDA. Uyu musore w’imyaka 23 y’amavuko yemerera inzego z’umutekano ko atai ubwa mbere aryamanye n’itungo kuko ngo yari asanzwe abikora ariko ntafatwe, impamvu ibimutera ngo ikaba ari […]

Burundi: Perezida Nkurunziza avuga ko ataziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu mu 2020

Perezida Nkurunziza w’u Burundi, atangaza ko mu matora y’umukuru w’igihugu ateganywa mu mwaka wa 2020, atazayiyamamazamo. Ibi yabitangaje ubwo yashyiraga umukono ku Itegeko Nshinga rishya ryavugururwe, mu gihe abatavuga rumwe na Leta bashimangiraga ko ryahinduwe kugirango azayobore kugeza mu 2034. Umuhango wo gusinya iri tegeko Nshinga rishya, wabaye ku wa Kane tariki ya 7 Kamena […]

Gasabo: Meya ntavuga rumwe n’abavuga ko nta ruhare bagira mu kubashyiraho no kubakuraho

Umuyobozi w’akarere ka Gasabo, Rwamurangwa Stephen avuga ko abaturage ari bo bagira uruhare mu gutuma ba Meya begura ku myanya yabo kuko baba bagaragaje ibitagenda neza nyamara abaturage bo bakavuga ko uretse no kubeguza nta n’uruhare bagira mu kubashyiraho. Uyu muyobozi yatangaje ibi ubwo yaganiraga n’itangazamakuru aho bagarutse cyane ku nkubiri imaze iminsi yo kwegura […]

Zari yaciye amarenga yo gusubirana na Diamond -Amafoto

Mu gihe kingana n’amezi ane umuherwe Zari hassan ukunze kwiyita The Boss Lady adaca uwaka na Diamond Platnumz babanaga nk’umugore n’umugabo gusa kuri ubu baraca amarenga yo kuba basubirana nyamara Zari yari yaratsembye kutazongera kubana na Diamond. Mu byumweru bishize ni bwo umuryango wa Diamond cyane cyane nyina umubyara Sanura Kasimu wamushyizeho igitutu ahanini bamubaza […]

Aho naba ndi hose, haba mu Rwanda cyangwa mu kindi gihugu, ndi Umunyarwanda- Min. Mushikiwabo

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Louise Mushikiwabo, avuga ko aho yaba ari hose, mu Rwanda cyangwa mu mahanga, ahora ari umunyarwanda. Aho yari ari i Bruxelles mu gihugu cy’u Bubiligi, ku wa 6 Kamena 2018, Min. Mushikiwabo yabajijwe n’abanyamkuru kuri kandidatire ye yo guhatanira kuyobora umuryango w’ibihugu bivuga ururimi rw’igifaransa “Francophonie”, yemeza […]

U Rwanda rwatumiwe mu nama ya G7 iziga ku bukungu no kubungabunga inyanja

Leta y’u Rwanda nka kimwe mu bihugu bikataje mu iterambere, ni kimwe muri 12 byatumiwe mu nama y’ibihugu birindwi bivuga rikijyana ndetse birangwamo ubukungu bukomeye ku isi (G7), iyi nama ikaba izibanda  ku ngingo irebana no kurinda inyanja ndetse no ku bukungu. Ikinyamakuru CBC dukesha iyi nkuru kivuga ko biteganyijwe ko iyi nama izatangira kuwa […]

Zambia: Leta iraha icyizere impunzi z’Abanyarwanda cyo kuziha ubwenegihugu

Leta ya Zambia yatangiye guha impunzi z’Abanyarwanda ibyangombwa by’agateganyo bizemerera gutura. Biteganyijwe ko ibyangombwa bya burundu bizemerera gutura nk’abenegihugu zizabihabwa mu gihe cy’imyaka itatu. Impunzi z’Abanyarwanda zibarirwa mu bihumbi bisaga bine, abo Zambia imaze guha ibyo byangombwa bararenga gato igihumbi na magana ane. Ubwo BBC dukesha iyi nkuru yaganiraga na Abdon Mawere, ushinzwe ibibazo by’impunzi […]

Kirehe: Umugabo yafatanwe ibikoresho yifashishaga akora amafaranga y’amiganano

Uwitwa Habimana Jean Claude, ku wa mbere tariki 4 Kamena 2018; Polisi mu karere ka Kirehe yamufatanye ibikoresho yifashishaga mu gukora amafaranga y’amaginano birimo  akamashini n’amarangi  y’amabara atandukanye. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Theobald Kanamugire yavuze ko uyu musore w’imyaka 24 y’amavuko yafatiwe mu kagari ka Nyakangezi, mu […]

Ese iyo Mutara III Rudahigwa atimikwa n’abazungu yari kwitwa irihe zina?

Nkuko amateka y’u Rwanda rwo hambere abisobanura neza, abami b’u Rwanda bari abo mu bwoko bw’abanyiginya, amabanga y’abiru niyo yamenyerwagamo umuhungu w’umwami wavukanye imbuto n’uko azazungura se ku ngoma igihe yatanze. Mbere y’umwami Kigeli III Nyamuheshera,umwami wimaga ingoma yahitaga afata izina ry’umwami ashaka nuko akongeraho iryo yiswe n’ababyeyi. Ahasaga mu mwaka wa1576 ku ngoma y’umwami […]

Musanze: Munyentwari wicishije ibuye mugenzi we yahanishijwe igifungo cy’imyaka 25

Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rwahamije icyaha cy’ubwicanyi umugabo witwa Munyentwari,   maze rumukatira igihano cy’igifungo cy’imyaka 25 nk’uko Ubushinjacyaha bwari bwakimusabiye. Ubushinjacyaha ku Rwego rwisumbuye bwari bukurikiranyeho Munyentwari Jean Baptiste icyaha cyo kwica mugenzi we witwaga Barahasanzwe amukubise ibuye mu mutwe. Mu iburanisha ryabereye aho icyaha cyakorewe mu Mudugudu wa Ruganda, Akagari ka Gatare, Umurenge wa […]

Iminsi irabarirwa ku ntoki ngo Mahoro Isaac ataramire abatuye i Nyamata

“Shimwa Yesu, Live Concert” , izina ry’igitaramo cyateguwe n’umuhanzi Mahoro Isaac kizabera i Nyamata mu karere ka Bugesera ku rusengero rw’Abadiventisite b’umunsi wa Karindwi, Iminsi isigaye irabarirwa ku ntoki ngo bataramirwe mu indirimbo zo guhimbaza. Igitaramo giteganyijwe Tariki ya 09 Kamena 2018, I Nyamata, kigamije gushimira Imana ku bw’ibyiza n’ibitangaza bitandukanye ikomeza gukorera u Rwanda […]

Kayonza: Abaturage bubatse Laboratwari muri G.S Gahini bamaze imyaka 5 batarishyurwa

Abaturage batuye mu murenge wa Gahini, mu karere ka Kayonza baratakamba basaba ubuyobozi bw’akarere kubishyuriza amafaranga yabo bambuwe na rwiyemezamirimo, bamaze imyaka itanu basaba kwishyurwa amafaranga yabo bakoreye ubwo bubakaga Laboratwari kuri G.s Gahini. Abo baturage bavuga ko kuba batarishyuwe amafaranga yabo byabagizeho ingaruka ku buryo byatumye bamwe bakomeza no kuba mu cyiciro cya mbere […]

Ntuzababare nusanga umugore wawe yarasambanye n’abagabo benshi, ahubwo bizabe ikibazo yaguciye inyuma

Iki ni igitekerezo cyatanzwe n’umusomyi wa Bwiza.com, aho avuga ko kuba umusore yabanye n’umugore ku munsi wa mbere bagiye gutera akabariro agasanga yarasambanye n’abagabo benshi. Uyu musomyi agira ati “Ntabwo ari ngombwa, iyo usanze yarasambanye na benshi ntabwo biba bivuze ko atabasha kubaka urugo, urugo ni rugari, ntabwo ruba rushingiye ku buriri gusa, ashobora kuba […]

Kenya: Indege yaburiwe irengero itwaye abantu 10

Inzego zishinzwe ubutabazi muri Kenya ziri mu bikorwa byo gushakisha indege nto yaburiwe irengero ku mugoroba wo kuwa Kabiri tariki ya 5 Kamena 2018, itwaye abantu bagera ku 10 ikaba itaraboneka. Inzego zitandukanye muri kiriya gihugu zivuga ko iyi ndege yakoreraga muri sosiyete ya East African Safari Air Express ikaba yaburiwe irengero ubwo yari igeze […]

Min.w’Intebe, Dr Ngirente avuga ko Afurika itagira ubukungu buhamye hatitawe ku guhanga udushya

Minisitiri w’Intebe, Dr.  Ngirente  Edouard  yavuze ko umugabane wa Afurika udashobora kugira ubukungu buhamye mu gihe hatitawe ku guhanga udushya tugomba gutanga ibisubizo Abanyafurika bafite. Ibi Minisitiri w’Intebe,  Dr. Ngirente yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Kamena 2018, ubwo yatangizaga ku mugaragaro inama ya kabiri yiga  ku guhanga udushya muri Afurika (Africa Innovation […]

Urutonde rw’abakobwa b’Abanyafurika begukanye ikamba rya nyampinga w’Isi (Miss World) kuva mu 1950

Buri mwaka, niko ibihugu bitandukanye byo ku Isi bitegura amarushanwa yo gutora umukobwa uhiga abandi mu bwiza, akambikwa ikamba rya nyampinga. Ni muri urwo rwego uyu muhango unakorwa ku rwego rw’Isi, abakobwa bagaturuka imihanda yose bagatoranywamo umwe uhiga abandi akambikwa ikamba rya nyampinga w’Isi ‘Miss World’. Ni muri urwo rwego Bwiza.com, yabakusanyirije amakuru y’abegukanye iri […]

Huye: Meya Muzuka yahererekanyije ububasha na Veneranda Musabyemariya

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 6 Kamena 2016, Meya wa Huye, Kayiranga Muzuka Eugene yahereje igitabo gikubiyemo ibikorwa by’akarere, Veneranda Musabyemariya wamusimbuye kuri uyu mwanya by’agategayo nyuma yo kwegura. Muri uyu muhango wayobowe na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Mureshyankwano Marie Rose, yasabye umuyobozi mushya gukoresha imbaraga nyinshi kugira ngo akarere katazasubira inyuma. Yagize ati”Uhawe inshingano […]

Perezida Salva Kiir yemeye kugirana ibiganiro na Riek Mashar

Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir yemeye ibiganiro na Riek Mashar aho biteganyijwe ko agomba guhura n’itsinda ry’abayobozi boherejwe na Riek Mashar riyobowe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, al-Dirdiri Mohamed Ahmed hamwe na Minisitiri w’ibikomoka kuri peteroli Minister Azhary Abdel Gader ndetse n’umuyobozi w’ishami rishinzwe ubutasi Salah Gosh. Umuvugizi wa perezidansi ya Sudani y’Epfo, Ateny Wek […]

Abasaza 2 b’imyaka 83-88 bakatiwe igifungo cya burundu bashinjwa gusambanya umwana

Urukiko rukuru rwa Nakuru muri Kenya rwakatiye abasaza 2 b’imyaka 83 na 88 igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gusambanya ku ngufu umwana w’imyaka 10 Aba basaza barimo Mureithi Mungai w’imyaka 83 ndetse na mugenzi we Mureithi Ngari 88 bashinjwa kuba barasambanyije umwana w’umukobwa w’imyaka 10 muri 2015 gusa bakaba barabikoze mu bihe […]

Inkomoko y’umugani ‘ak’i Muhana kaza imvura ihise’

Uyu mugani waciwe n’umwami w’amahoro, iterambere, n’umutuzo Yuhi IV Gahindiro wayoboye u Rwanda ahayinga mu mwaka wa 1746, akaba mwene Mibambwe III Mutabazi II Sentabyo na Nyiratunga. Gahindiro ubwo yari mu rugo rwe rw’i Sheri na Butera ho muri Runda na Gihara [ubu ni mu karere ka kamonyi], yari afite akamenyero ko kuzenguruka urugo rwe […]

Zimwe mu mpamvu zituma abagabo benshi bubatse baryamana n’abakozi babo bo mu rugo

Ikibazo cy’abagabo baryamana n’abakozi bo mu rugo, ni ikibazo cyugarije hafi isi yose kandi kikaba ari ikibazo gisa n’igikomeye kuko bituma ingo nyinshi zisenyuma. Ku rundi ruhande ariko, biranagoye ko cyacika burundu kuko uko bukeye n’uko bwije humvikana amakuru ku bagabo bafashwe n’abagore babo basambana n’abakozi, abagore bahukana n’abata ingo, abicanye bapfa umugabo, abarwana ndetse […]

Burera: Abantu batanu barimo n’abayobozi b’akarere batawe muri yombi

Abantu batanu barimo n’abayobozi b’akarere ka Burera batawe muri yombi, aho bakurikiranweho gukoresha nabi umutungo wa Leta. Aba bagabo batanu bafashwe ku wa Kabiri tariki ya 5 Kamena 2018, bashinjwa gukoresha nabi umutungo wa Leta, itonesha n’icyenewabo. Abatawe muri yombi bari barasezeye ku kazi, ni Sembagare Samuel wahoze ari umuyobozi w’akarere, Zaraduhaye Joseph wahoze ari […]

Kwibuka: Amakipe yo mu bihugu bine bya Afurika azitabira imikino ya Kungu Fu i Kigali

Amakipe azaturuka mu bihugu bine bya Afurika hamwe n’ay’u Rwanda, niyo azitabira imikino ya Kungu Fu, yo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi. Ku wa Gatandatu tariki ya 9 no ku cyumweru tariki ya 10 kamena 2018, mu nzu mberabyombi ya ‘Lycee de Kigali’ niho amakipe y’ibihugu Zambia, Kenya, Tanzanie, RDC n’amakipe agera […]

Lionel Messi abaye intandaro yo kudahamagarwa kwa Mauro Icardi mu ikipe y'igihugu

Ku wa Kabiri tariki 5 Kamena 2018, nibwo hasozwa itangwa ry’urutonde rw’abakinnyi 23 b’ibihugu bizitabira igikombe cy’Isi 2018, gusa igikomeje gutungurana ni bamwe mu bakinnyi bakomeye batagaragaye ku rutonde rw’ikipe y’igihugu cya Argentine,u BubiLigi ndetse n’u Budage. Ikinyamakuru The Mirror gitangaza ko bamwe mu bakinnyi bakomeye batigeze bahamagarwa n’amakipe yabo y’ibihugu, gusa uwa vugishije benshi […]

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku bagore, Amb. Nduhungirehe akanenga abikoma imyambarire yabo

Perezida Kagame avuga ko bidahagije ko abagore bagaragara neza nk’abagabo babo ko ahubwo bakwiye no kwita ku buryo bagaragara kugeza no ku myumvikanire y’ijwi ryabo (tone of their voice). Ibi yabitangaje ku wa 5 Kamena 2018, mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye Inama Ngarukamwaka y’Iterambere (JournĂ©e EuropĂ©enne de dĂ©veloppement) i Bruxelles mu Bubiligi. Yagize ati […]

Perezida Kagame aranenga imyumvire yo kumva ko abagore bari munsi y’abagabo

Perezida  w’u Rwanda, Paul  Kagame akaba n’umuyobozi mukuru w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), aranenga imyumvire yo kumva ko abagore bari munsi y’abagabo. Perezida Kagame yanenze iyi myumvire ku wa Kabiri tariki ya 5 Kamena 2018,  ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye umuhango wo gutangiza inama ngarukamwaka yiga ku iterambere i Burayi (JournĂ©e EuropĂ©enne de dĂ©veloppement) […]

Indi mitungo y'abo kwa Rwigara igiye gutezwa cyamunara

Nyuma y’aho ikigo cy’igihugu gishinzwe kwegeranya imisoro n’amahoro, RRA giteje icyamunara amakarito y’itabi ryo mu ruganda P rimier Tobacco Company rw’umuryango wo kwa Rwigara, ubu hakurikiyeho imashini zifashishwaga mu gutunganya iryo tabi. Kuwa 28 Werurwe 2018, nibwo Umuhesha w’inkiko w’umwuga yagurishije mu cyamunara amakarito 7195 y’itabi ry’umunyemari Rwigara Assianpol kuri ubu uhagarariwe n’abo mu muryango […]

Umusore ari mu bitaro nyuma yo kugushwa na kajugujugu yikoreye

Umusore witwa Joseph Nkaheza yajyanywe mu bitaro nyuma yo kugushwa n’indege yikoreye ku giti cye, akaba yari mu bikorwa byo gusuzuma ngo arebe niba ikora aribwo yahitaga imukoresha impanuka. Ababonye iyi mpanuka ku mugoroba wo kuwa Mbere tariki ya 4 Kamena 2018, bavuga ko uyu musore yari amaze iminsi mu mushinga wo gukora indege ya […]

Gatsata: Hatoraguwe umurambo w’umukobwa wari wambaye ubusa

Mu ishyamba riri mu kagari ka Nyamabuye, umurenge wa Gatsata, akarere ka Gasabo, hatoraguwe umurambo w’umukobwa, biracyekwa ko yapfuye amaze gusambanywa. Umurambo w’uyu mukobwa utaramenyekana amazina, watowe mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki ya 5 Kamena 2018, aho bamwe mu baturage bavuga ko mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 4 Kamena, yatahanye […]

Ishyaka DGPR rirasaba Leta y’u Rwanda guhagarika abakora ibikorwa bigira ingaruka mbi ku bidukikije

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga wahariwe kurengera Ibidukikije, ku wa 5 Kamena, Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), rirasaba Leta gukurikirana abakora ibifite ingaruka kuri byo. Ibi ni ibikubiye mu itangazo, iri shyaka ryashyize hanze kuri uyu wa 5 Kamena 2018, rishyirwaho umukono n’umuyobozi waryo, Dr Frank Habineza, aho bavuga ko kurengera […]

Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n'u Burusiya

Leta y’u Rwanda n’ u Burusiya bikomeje ibikorwa byo kubaka umubano ahanini ushingiye ku bikorwa bya gisirikare, aha niho Uganda  ihera ivuga ko rushobora kuba ruri mu mugambi wo gutumiza imbunda nini zigenda ku modoka ndetse n’indege zo kwifashisha mu mirwano no gucunga umutekano. Spyreports cyo muri Uganda dukesha iyi nkuru ivuga ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga […]

Rayon Sports ishaka umwanya wa mbere irakina n'Amagaju idafite abakinnyi 5 babanzamo

Ikipe ya Rayon Sports bakunze kwita gikundiro kuri uyu wa kabiri tariki 5 Kamena 2018 ifitanye umukino n’Amagaju w’ikirarane cy’umunsi wa 22 aho iza gukina idafite bamwe mu bakinyi bayo bakomeye. Ni umukino uteganyijwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5 Kamena 2018 aho  ikipe ya Rayon Sports yakira Amagaju muri shampiyona y’ikiciro cyambere mu […]

Karongi: Itorero ADEPR ryaremeye umusore warokotse jenoside inzu ya miliyoni zisaga 20

Ubuyobozi bw’Itorero ‘ADEPR’ mu Ntara y’i Burengerazuba, bwaremeye Impano Janvier inzu ifite agaciro ka miliyoni zisaga 20. Akaba ari umuhungu wasizwe na Mutabagisha Thomas, wari pasiteri w’iri torero, aza kwicwa muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Inzu yahawe uyu musore witwa Impano Janvier ifite agaciro ka 20.500.000 y’amanyarwanda, yubatswe mu buryo bugezweho mu Mujyi  wa […]

Uganda: Batatu bakurikiranyweho kwiba mudasobwa zirimo amakuru y’iperereza ku rupfu rwa Kaweesi

Abantu 3 muri Uganda bakurikiranyweho icyaha cyo kwiba mudasobwa mu nyubako ya Guverinoma ikorerwamo ibijyanye no kubika amakuru [(Government Analytical Laboratory (DGAL)] ikorera mu biro bya Minisitiri w’ubuzima mu mpera z’ukwezi kwa Gicurasi, 2018. Aba bagabo barimo Abdul Wabera, Bosco Anyazo ndetse na Andrew Okello bashinjwa gushaka kurigisa amakuru akubiyemo ibikorwa by’iperereza ku rupfu rwa […]

Umuhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa- AMAFOTO

Muri gahunda z’ibikorwa by’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi muri uyu mwaka wa 2018, kuwa mbere tariki ya 4 Gicurasi, Polisi y’ u Rwanda yatangije icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa n’akarengane, umuhango wabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda, ahatangirijwe ubukangurambaga bwo gukumira ruswa n’ibyaha bifitanye isano nayo. Ubu bukangurambaga bukaba bwatangijwe n’inama nyunguranabitekerezo, yahuje inzego […]

Uwahoze ari kapiteni mu gisirikare cya Uganda arashinjwa ubujura

Capt James Oculu w’imyaka 66 y’amavuko, wahoze mu gisirikare cya Uganda, yafashwe n’urwego rwa gisirikare rushinzwe iperereza, ashinjwa ubujura. Capt James Oculu yafatiwe iwe mu gace ka Bukunjja, muri district ya Mayunge, n’urwego rwa gisirikare rushinzwe iperereza. Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda muri aka gace yafatiwemo, Lt. Amos Nsamba, avuga ko Ocule abazwa ibijyanye n’imiti yakuwe mu […]

Kanye West yagize ikibazo cy'uburwayi bwo mu mutwe

Umuhanzi w’icyamamare muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika uzwi mu njyana ya Hip Hop, Kanye West, aherutse gutangaza ko afite ikibazo cyo mu mutwe. Mu kinganiro na TMZ dukesha iyi nkuru, Kanye West yagarutse ku mishinga itandukanye ari gutegura imwe muri yo hakaba harimo n’umuzingo (Album) yitegura gushyira hanze yise “Ye” gusa yanahishuye ko yigeze […]

Mexique: Abantu bashikiye ishusho ya Bikira Mariya nyuma yo kumva amakuru ko bayibonye irira

Urujya n’uruza rw’abaturage bo mu mijyi itandukanye yo mu gihugu cya Mexique basigaye birirwa bakanarara imbere ya kiliziya ya Hobbs nyuma yo kumva amakuru ko hari bamwe mu bakirisitu bahasengera babonye amarira atemba mu isura y’ishusho ya Bikira Mariya ihari. Ibirangazamakuru bitandukanye bivuga ko hari bamwe mu basengera kuri iriya kiliziya bamaze kuvuga isengesho rizwi […]

Birarambiranye ko abana b’abakobwa bahozwa ku nkeke kubera imyambarire yabo- Amb. Nduhungirehe

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane n’ibikorwa by’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, Nduhungirehe Olivier avuga ko birambiranye ko abana b’abakobwa bahozwa ku nkeke kubera imyambarire yabo. Ibi Nduhungirehe yabitangaje ku wa 3 Kamena 2018, abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, ubwo yagiraga icyo avuga ku nkuru ya Igihe.com, aho ababyeyi n’abarezi bagaragaza impungenge zabo […]

Perezida Dutelte yibasiwe bikomeye nyuma yo gusoma umugore utari uwe mu ruhame

Perezida wa Philippines, Rodrigo Duterte  ari mu mazi abira nyuma yo kugaragara mu ruhame no kuri za televiziyo asomana n’umugore ibitangazamakuru byise umunyamahanga. Uyu muperezida yarimo atanga ikiganiro muri Koreya y’Epfo, ubwo yahamagaraga umugore akamusaba ko yamusoma imbere y’imbaga, kugeza ubu amafoto ndetse n’amashusho bikaba byamaze gukwirakwira hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga. Ibi bikorwa […]

Uwamaliya Veneranda yatorewe kuyobora by’agateganyo akarere ka Huye

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Kamena 2018, Inama Njyanama y’akarere ka Huye yatoye Uwamaliya Veneranda nk’umuyobozi w’akarere w’agateganyo. Uwamaliya Veneranda abaye umuyobozi w’akarere ka Huye w’agateganyo, nyuma yaho ku wa 31 Gicurasi 2018, Muzuka Eugene wakayoboraga yeguye n’abamwungirije barimo Mutwarasibo Cyprien wari Umuyobozi bw’Akarere Wungirije ushinzwe ubukunga na Niwemugeni Christine wari ushinzwe imibereho […]

Nkurunziza niyubahe abaturage ave ku buyobozi- Julius Malema

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo EFF (Economic Freedom Fighters), Julius Malema, avuga ko bikwiye ko abayobozi bajya bava ku butegetsi mu gihe manda zabo zirangiye, agaruka kuri Perezida Nkurunziza w’u Burundi. Ubwo iri shyaka ryakoraga umunsi mukuru mu mpera z’ukwezi gushize, Julius Sello Malema yagarutse kuri Perezida Nkurunziza w’u Burundi, avuga ko […]

Uganda: Umugore n’umugabo bigaragambirije imbere y’Inteko bafite isanduku bahambamo

Mu gitondo cyo kuwa Mbere tariki ya 4 Kamena 2018, polisi ya Uganda yataye muri yombi umugore n’umugabo bari mu myigaragambyo mu mujyi wa Kampala bashaka kwinjira mu ngoro y’Inteko ishinga Amategeko bafite isanduku bashyinguramo abantu bapfuye Chimpreports dukesha iyi nkuru ivuga ko aba bombi bigaragambyaga banafite igipapuro kinini cyanditseho amaggambo asaba kurinda abagore mu […]

Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?

Inkuru yo kwiyamamaza kwa Minisitiri Louise Mushikiwabo ku kuba Umunyamabanga mukuru wa OIF yameneyekanye tariki ya 8 Gicurasi uyu mwaka. Yaje kwemezwa bidasubirwaho tariki 23, ubwo Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron yatangazaga ko amushyigikiye, nubwo ibihugu byombi bimaze igihe bidacana uwaka kubera Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, u Rwanda rushinja Ubufaransa kugiramo uruhare. Akimara kumva ibyo, […]

Intebe y’ubumeya ubanza bayirwanira ihanda, urutonde rw’abayigera ni rurerure

*Sakwe sakwe ! Soma. *Yiigere uyiveho ! Ngicyo. *Intebe ya Meya! Inkubiri yo kwegura kw’abameya na bamwe mu bagize nyobozi yongeye kwaduka mu Rwanda, aho bamwe bavaho badateye kabiri. Meya wari uw’agateganyo wa Gicumbi, Sewase Jean Claude aciye agahigo ko kumara igihe gito kuri iriya ntebe, kuko yayoboye iminsi itandatu gusa agahita yegura. Mbere ye, hari abagiye […]

Perezida Obama agiye gusura Kenya

Uwahoze ari perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Barrack Obama arateganya kugirira uruzinduko muri Kenya kuwa 15 Nyakanga 2018. Biteganyijwe ku muri uru ruzinduko rw’umunsi umwe, perezida Obama azabanza kuganira n’umukuru w’igihugu cya Kenya, Uhuru Kenyatta nyuma agasura ubutaka bw’iwabo mu gace ka K’Ogelo aho binateganyijwe ko azahura n’abavandimwe be. Uru ni rwo rugendo rwe […]

Uganda: Abanyarwanda 2 barakekwaho uruhare mu kwica umuturage

Polisi ikorera mu gace ka Kisoro muri Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu 2 bafite  ibyangombwa byo mu Rwanda bakaba bakurikiranyweho uburahe mu bwicanyi bwakorewe umuturage wo muri kariya gace muri iki cyumweru dusoje. Chimpreports dukesha iyi nkuru ivuga ko uyu nyakwigendera witwa Samuel Safari w’imyaka 42 yishwe mu ijoro ryo kuwa Gatanu rishyira […]