Umufana wa Senderi yamusabye guhimba indirimbo ku iyegura rya ba Meya mu Rwanda

Umukobwa witwa Rwigamba Nadine uzwi ku izina rya Queen akaba umufana w’akadasohoka w’umuhanzi Eric Senderi International Hit yamandikiye amusaba ko yahimba indirimbo ivuga ku nkundura yo kwegura kwa hato na hato kw aba Meya mu Rwanda. Uyu mukobwa abinyujije ku rubuga rwa Instagram, yasabye uyu muhanzi ko yahimba indirimbo akayita “his is Rwanda”, indirombo yaba […]

Burundi: Habaye imyigaragambyo yo kwamagana ONU n’u Bufaransa

Mu Burundi, abantu babarirwa mu Magana babyukiye mu bikorwa by’imygaragambyo kuwa Gatandatu w’iki cyumweru igamije kwamaganira kure intumwa ya ONU muri kiriya gihugu, Michel Kafando, ONU ubwayo hamwe n’igihugu cy’u Bufaransa. BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko bamwe mu bitabiriye iyi myigaragambyo ari abari baraye mu bikobwa by’amasengesho yo gusengera igihugu cy’u Burundi yabereye mu […]

Minisitiri w’Ububanyi  n’amahanga w’u Burusiya ategerejwe mu Rwanda

Kuri iki cyumweru rariki ya 3 Kamena 2017, biteganyijwe ko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wo mu gihugu cy’u  Burusiya, Sergey Lavrov ategerejwe mu Rwanda aho biteganyijwe ko ari busure ibikorwa bitandukanye birimo n’urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi. Biteganyijwe ko nyuma yo gusura uru rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, akavayo ajya kubonana na mugenzi […]

Kuki Leta igira ibanga umubare w’amafaranga izishyura ikipe ya Arsenal kandi ari ay’abaturage?

Iki ni ikibazo umuturage yabajije nyuma yaho Leta y’u Rwanda igiranye amasezerano n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yo kwamamaza ubukerarugendo bwarwo, ariko ikirinda gutangaza umubare w’amafaranga izatanga mu gihe cy’imyaka itatu amasezerano azamara. Mu kiganiro kirambuye ‘Imvo n’imvano’ cya radiyo BBC, ubwo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Nduhungirehe Olivier yari umutumirwa muri […]

Uganda: Nixon Karuhanga ushinjwa gushimuta Joel Mutabazi, ibye byose byashyizwe hanze

Ofisiye mu gipolisi cya Uganda, Abby Kitagenda yatawe muri yombi ku wa Mbere tariki ya 28 Gicurasi 2018, ahaswe ikiboko n’abashinzwe iperereza mu gisirikare cya Uganda, avuga iby’amabwiriza bahabwaga na SSP Nixon Karuhanga , ubu ufunzwe ashinjwa gushimuta Joel Mutabazi. Nk’uko ikinyamakuru Spyreports kibitangaza, Abby Kitagenda yatangaje ko SSP Nixon Karuhanga ariwe wabahaga amabwiriza yo […]

Ibyo Diamond yananiwe gukorera Zari mu myaka 3, yabimikoreye mu mashusho y'indirimbo-Amafoto

Mu gihe kingana n’imyaka itatu umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzania, yamaze abana na Zari mu nzu, batarakora ubukwe cyangwa ibindi birori byo kumwerekana mu muryango nk’umugore we, yabimukoreye mu mashusho y’ndirimbo . Ni indirimbo ‘Iyena’ Diamond yakoranye na Rayvanny, bombi bakorera umuziki mu nzu iwutunganya ya Wasafi. Amashusho yayo agaragaza Diamond yasezeranye na Zari […]

Umugabo wanjye anca inyuma agasambana n’abandi bagore kandi agiye guhabwa ubupasiteri vuba- NKORE IKI?

Nitwa Christine K. ntuye muri Kigali muri Gasabo. Ndifuza inama zanyu kuko ndi mu rugamba rukomeye kandi nkabona rutazanyorohera umunsi ruzaba rwabaye rusange. Maze imyaka ine nshatse umugabo, twabanye turi abakiristo cyane pe. Umugabo wanjye ari umuvugabutumwa na njye ndirimba muri korali, munyihanganire ntabwo nshaka kuvuga itorero n’aho dutuye neza. Nyuma yo kubyara umwana wa […]

Inkomoko y'insigamigani 'Gupfa agatandabazimu', ikomoka ku rupfu rwa Yuhi IV Gahindiro

Insigamigani ‘Gupfa agatandabazimu’ niyo izwiho kuba inkomoko y’urupfu rw’umwami w’u Rwanda, Yuhi IV Gahindiro, azize gutatira igihango yagiranye na nyirakuru witwaga Mitunga. Yuhi IV Gahindiro yimye ingoma ahasaga mu1746 Yari mwene Mibambwe III Mutabazi II Sentabyo na Nyiratunga. Yagiye ku ngoma azunguye se, yimikirwa mu Ruhango rwa Mutakara na Nyamagana kwa Nangingare, hahoze ari muri […]

Kayonza: Abaregaga abakozi ba Sacco Ndego, ntibishimiye indishyi bahawe

Urubanza ubushinjacyaha mu karereka Ngoma rwaregagamo abari abakozi ba Sacco Ndego, mu karere ka Kayonza, bakatiwe igifungo cy’imyaka umunani n’ihazabu ya miliyoni icyenda n’ibihumbi magana arindwi mirongo itandatu na birindwi n’amafaranga magana ane na makumyabiri ( 9,767,420) kuri buri wese. Ibi ni ibyavuye mu isoma ry’uru rubanza ryabereye mu rukiko rwisumbuye rwa Ngoma, ku wa […]

Kigali: Umurenge wa Rwezamenyo wahembwe imodoka

Kuri uyu wa 01 Kamena 2018 hasojwe icyiciro cya kabiri muri iki gikorwa, Uturere n’Imirenge byitwaye neza byahawe ibihembo bitandukanye, aho umurenge wa mbere Polisi y’u Rwanda yawuhembye imodoka. Guhera tariki 31 Ukwakira 2017 Polisi y’u Rwanda k’ubufatanye n’umujyi wa Kigali nibwo hatangiye igikorwa cy’ubufatanye hagati y’umujyi wa Kigali na Polisi y’u Rwanda mu bukangurambaga […]

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa Gatanu tariki ya 1 Kamena 2018

Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye ku wa Gatanu, tariki ya 01 Kamena 2018, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME. 1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 27 Mata 2018 n’iyo ku ya 02 Gicurasi 2018. 2. Inama y’Abaminisitiri yagejejweho: Incamake ya raporo ku kibazo cy’ibiza n’ibimaze gukorwa na Guverinoma y’u […]

Dr Habineza aranenga abanyapolitiki barwanya Leta y’u Rwanda bayoborwa n’umujinya

Umuyobozi w’ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera ibidukikije ( DGPR ), Dr Frank Habineza, avuga ko kuba abarwanya Leta y’u Rwanda bari hanze bakora ibidafite ireme, ahanini ngo babiterwa n’umujinya ugeretseho amaburakindi. Dr Habineza asobanura uyu mujinya avuga ko uterwa n’uko baba bari basanzwe bakorana na Leta iriho mu Rwanda, bahunga bakagenda barakaye, umujinya ukabakoresha, iki […]

Mwarimu unyigisha yaryamanye n'umukunzi wanjye ngo mbone amanota none ndumva nabuze amahoro, nkore iki?

Umusomyi wacu yatwandikiye adusaba ko twamugira inama ku kibazo kimuremereye yifuje kubasangiza ngo mu mugire inama. aragira ati”Nanditse ubu butumwa umutwe uri kundya, umutima wanjye wamenetse.umukunzi  wanjye yakoze ibintu agira ngo amafashe ariko aho bigeze ndumva ngiye kumureka.Ndi mu mwaka wa nyuma wa Kaminuza imwe hano I Kigali.Uyu mukobwa twamenyanye ngeze mu mwaka wa kabiri, gukundana […]

Igitero cyo ku munsi w’inyana (IGICE CYA 1)

Iki ni igitero cyabaye ku ngoma ya Yuhi IV Gahindiro, ahasaga mu mwaka wa 1746, uyu mwami yari afite uburyo yagabanyijemo iminsi ye, maze imirimo ye akayigabanya mu minsi umunani, afite gahunda ntatezuka. Buri munsi wagiraga umurimo, umushakira ibindi akamutegereza nimugoroba. Iminsi ye yari igabanije muri ubu buryo: -umunsi wa Mbere n’uwa Kabiri: Iyi yari […]

Gicumbi: Umunyamakuru wa RBA, Camile Athanase yagizwe Meya w'agateganyo

Nyuma y’uko bitangajwe ko uwari umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Gicumbi, Jean Claude Sewase Karangwa yeguye ataramara n’iminsi 7, njyanama y’aka karere yahise iterana itora umunyamakuru Camile Athanase aba ari we umusimbura by’agateganyo. Uyu Camille Athanase amaze imyaka irenga ibiri ari umujyanama w’Akarere ka Gicumbi, ubu akaba yari umunyamabanga w’iyi nama Njyanama y’Akarere hakiyongeraho no kuba […]

Bansezeranyije kunyica ariko nzapfa ndwana ku mitungu ya Mowzey Radio – Weasel Manizo

Umwe mu bagize itsinda rya Goodlyfe Weasel Manizo yatangaje ko azarwana kugeza ashizemo umwuka ariko imitungu ya mugenzi we Radio baririmbanaga mu itsinda rimwe ntizangizwe n’abashaka kuyisahura. Mukiganiro yagiriye kuri NBS TV ubwo yabazwaga ku bashaka kwigabiza imitungu ya mugenzi we Radio harimo na Murumuna wa Radion Frank Sekibogo maze ahamyako n’ubwo bamusezeranyije kuzamwica ark […]

Ni nde wishe Mzee Kabila? Ese umuhungu we, Joseph Kabila yaba agiye kuva ku buyobozi amuhoreye?

Ku wa 16 Mutarama 2001, nibwo inkuru yakwiriye Isi yose ko Perezida Laurent DĂ©siré Kabila wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo arashwe n’abamurindaga. Yaje gusimburwa n’umuhungu we Joseph Kabila, umaze imyaka 17 ku buyobozi ariko ataragaragaza ukuri ngo uwishe se amenyekane. Umwe mu barinzi ba Perezida Laurent Desire Kabila,Caporal Rachidi Kasereka (Kadogo), niwe warashe sebuja amasasu atatu […]

Burundi: Urukiko rwatangaje intsinzi kuri kamarampaka

Urukiko rurengera Itegeko Nshinga rwa Bujumbura rwatangaje kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Gicurasi 2018 ko amatora ya kamarampaka yagenze neza mu mucyo ndetse abatoye “yego” bakaba bafite ubwiganze bunini ugereranije n’abatoye “oya” ku ivugurura ry’ingingo yo mu itegekonshinga yemerera umukuru w’igihugu kuba yakongera kwiyamamaza bityo agakomeza kuyobora u Burundi. Imibare yatanzwe n’urukiko igaragaza […]

Afurika y’Epfo: Korali y’abakobwa b'abanyeshuri yaririmbye yambaye ubusa

Muri Repubulika y’Afurika y’Epfo, ikibazo cy’abana b’abakobwa b’abanyeshuri kahagurukije imbaga hibazwa icyaba cyabateye kuririmba bambaye ubusa, ibintu byatunguye bikanatangaza buri wese wababonye. Aba bana b’abanyeshuri biganjemo abakobwa bari mu marushanwa yo kuririmba, aho byageze bagakora ibiteye isoni byo kubyina bakuyemo imyenda amabere ari hanze buriburi ndetse no ku bice byo hasi bambaye utwenda tw’imbere gusa. […]

Gicumbi: Meya Yeguye nta n’icyumweru aramara ku buyobozi

Uwari umuyobozi mushya w’akarere ka Gicumbi, Jean Claude Karangwa Sewase yeguye nyuma y’iminsi 6 gusa agizwe umuyobozi w’agateganyo wa kariya karere. Uyu muyobozi yashyizweho kuri uyu mwanya kuwa Gatanu w’icyumweru cyashize tariki ya 25 Gicurasi 2018, yerekwa abaturage bukeye bwaho mu muganda wo kuwa 26 nk’umuyobozi mushya w’agateganyo, yegura kuwa 31 muri uko kwezi. Ni […]

Ngoma: Aborozi baratabaza kubera indwara yitwa ‘Rift valley’ yica inka amarabira

Abaturage batuye mu karere ka Ngoma bavuga ko batewe impungenge n’indwara yibasiye inka zabo ndetse zimwe muri zo zikaba zirimo gupfa. Abaturage bavuga hashize ibyumweru bigera kuri bibiri inka zabo zifatwa n’indwara yababereye amayobera, abashinzwe ubworozi bavuga ko zibasiwe n’indwara ya ‘Rift Valley’. Nizeyimana Emmanuel, avuga ko indawara yibasiye inka zabo yababereye amayobera ku buryo […]

Tanzania: Rwambikanye hagati y’umugore wa Diamond na mugenzi we bapfa ikanzu

Impaka za ngo turwane hagati ya Hamisa Mobetto wabyaranye na Diamond na mugenzi we, Alliyah ucuruza imyenda zirakomeje ku mbuga nkoranyambaga, bapfa kwiyitirira ikanzu. Abicishije ku mbuga nkoranyambaga, Hamisa yatangaje ko ikanzu yambaye mu birori byo gutangiza ku mugaragaro Wasafi TV ya Diamond Platnumz, ari iyadodewe mu iduka rye ‘Mobetto Styles’. Iyi kanzu Hamisa yari […]

Umusore yivuganye mukase na bene se bapfa amasambu

Kuru uyu wa Gatatu tariki ya 31 Gicurasi 2018, polisi ya Uganda ikorera mu gace ka Kalungu yataye muri yombi umusore w’imyaka 22 y’amavuko nyuma yo kwica mukase ndetse na bene se bapfa ikibazo cy’amasambu. Uyu musore witwa Matia Kalimunda yasanze umuvandimwe we Musa-tafa Gwalamubisi kwa se ubabyara ahita amwica hamwe na Vincent Kasolo, mu […]

Mugimba J.B aremera imigabane ye muri RTLM, agahakana kuyitera inkunga mu bikorwa bya jenoside

Urukiko rukuru mu Rwanda rwasubukuye iburanisha ry’urubanza Bwana Jean Baptiste Mugimba aburanamo n’ubushinjacyaha ibyaha bya Jenoside. Uyu wahoze ari umunyamabanga mukuru w’ishyaka CDR yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri Radiyo RTLM ahakana ko atigeze ayitera inkunga mu bikorwa bya jenoside. Ku munsi we wa nyuma wo kwiregura ku kirego cy’ubushinjacyaha Bwana Jean Baptiste Mugimba […]

Rusizi: Abarokotse Jenoside bifuza ko hafatwa Nsabimana Callixte, wari mubyara wa Habyarimana

Abarokotse Jenoside  yakorewe Abatutsi bakoraga mu ruganda rw’icyayi rwa Shagasha no mu mirima y’icyayi yarwo, barasaba ubuyobozi bwa Ibuka na Leta y’u Rwanda kubakurikiranira uwari umuyobozi warwo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, Nsabimana Callixte, aho yaba yihishe hose ku Isi akaza akabazwa ubugome yabakoreye. Bamwe mu baharokokeye bashyize mu majwi uyu wari umuyobozi w’uru […]

Menya icyateye umuzamu wa Liverpool, Karius kureka gusiganwa kuri moto agahitamo guconga ruhago

Lolis Sven Karius yavutse ku itariki ya 22 Kamena 1993, avukira mu gace kitwa Biberach mu Mujyi wa Baden-Wurttemberg mu Budage. Ni umuzamu w’ikipe ya Liverpool yo mu Bwongereza, mu bwana bwe yakundaga gutwara moto, ariyo mpano ababyeyi bamubonamo, aza kubivamo ahitamo guconga ruhago. Ubuzima bwe nk’umwana muto mu mupira w’amaguru Karius yatangiriye mu gakipe […]

Perezida Kenyatta na mukeba we R. Odinga biyungiye mu masengesho imbere y'imbaga

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta na mukeba we Raila Odinga bahoberaniye mu masengesho yo gusengera igihugu batangaza ko ari ikimenyetso cy’ubwiyunge n’ubumwe mu rwego rwo kubaka igihugu. Mu mezi 8 ashize, aba bombi bahuriye mu bikorwa by’amatora byasize abagera kuri 92 bahasize ubuzima kubera imyivumbagatanyo yatewe no kutavuga rumwe ku byavuye mu matora. Perezida Kenyatta […]

Urutonde rw’abagore 5 b’abakuru b’ibihugu bya Afurika bize amashuri menshi- AMAFOTO

Mu gihe usanga bamwe mu bakuru b’ibihugu bafata ubutegetsi batarize amashuri menshi cyangwa se barize ibya gisirikare gusa, bamwe usanga bafite abagore batyaye mu mutwe, bafite amashuri ahambaye yanababeshaho neza batanabaye ari abafasha b’abakuru b’ibihugu. Ku mugabane wa Afurika, Perezida Mugabe atarava ku buyobozi niwe wazaga ku isonga mu bakuru b’ibihugu bya Afurika bize menshi, […]

Bitunguranye, Zinedine Zidane yeguye ku mirimo yo gutoza Real Madrid

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki 31 Gicurasi 2018, bitunugranye  umutoza  watozaga ikipe ya Real Madrid, Zinedine Zidane atangaje ko yeguye ku mirimo yo gutoza ikipe ya Real Madrid mu kiganiro amaze kugirana n’itangazamakuru. Iri yegura rya zidane rije ritunguranye  nyuma y’iminsi itanu gusa abashije guhesha iyi kipe igikombe cya Champions League ku […]

Inkundura yo kwegura kwa ba Meya n’ababungirije yakomereje mu karere ka Huye na Rubavu

Nyuma y’uko ku munsi w’ejo tariki ya 30 Gicurasi 2018 bitangajwe ko nyobozi y’akarere Nyagatare yeguye yose ku buyobozi, iyi nkundura yakomereje no mu ntara y’Amajyepfo. Amakuru agera kuri bwiza.com avuga ko kugeza ubu, kuri uyu wa 31 Gicurasi 2018, Meya w’akarere ka Huye, Muzuka Eugene ndetse n’abamwungirije bunze barimo Mutwarasibo Cyprien wari Umuyobozi bw’Akarere […]

RDC: Abantu 5 bakomerekeye mu mpanuka y’indege ya UN

Ku mugoroba wo kuwa 30 Gicurasi 2018, imodoka ya UN yakoreye impanuka muri Reoubulika iharanira Demokarasi ya Congo abantu 5 bari bayirimo barakomereka. Amakuru aturuka ku biro ntaramakuru by’u Bufaransa AFP avuga ko iyi ndege nto yari mu kazi yaguye ikangirika bikomeye mu gace ka Kasai ku bw’amahirwe hakaba nta wahasize ubuzima kuko yari ikiri […]

Ihohotera rikorerwa mu ngo rihatse ayandi yose, rigahemberwa n’ihishira- Karangwa Charles

Umuyobozi mu muryango”Humanite et Inclusion’ ushinzwe ikurikirana ry’umushinga wo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ku myaka ndetse no ku bumuga (VBGAH), Charles Karangwa, avuga ko irikorerwa mu ngo ariryo rihatse ayandi yose, by’umwihariko rigatizwa umurindi no guhishirana. Mu kiganiro nyunguranabitekerezo cyo ku wa Gatatu tariki ya 30 Gicurasi 2018, umuryango ‘Humanite et Inclusion’ uzwi nka […]

Ikosa rikomeye umugore akora mu buzima ni ukwizirika ku mugabo uguca inyuma- Zari Hassan

Zari Hassan, wahoze ari umugore w’icyamamare muri muzika, Diamond Platnumz nyuma bakaza gutandukana bapfa ubushurashuzi bwa hato na hato, kuri ubu aragira inama abagore bizirika ku bagabo babaca inyuma bizeye kuzabahindura. Zari uvuga ko hari abagore benshi bacibwa inyuma n’abagabo babo bagakomeza guhatiriza bizeye ko bazabahindura nyamara ibi ngo bisa nk’ibidashoboka kuko umugabo waguciye inyuma […]

Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera

Rimwe na rimwe usanga abakobwa cyangwa abagore batinda kubona imihango cyangwa bakanayibura. Aha usanga bihutira kujya kwa muganga kugira ngo bamenye ikibazo cyabaye cyangwa niba baba batwite, abaryamanye n’inshuti zabo bakihutira kuzibwira ko zabateye inda n’ibindi. Hano rero turaza kubamara impungenge ko gutinda cyangwa kubura kw’imihango bidasobanuye buri  gihe ku wasamye kuko hari byinshi bishobora […]

Abashoferi babangamiwe n’amande ya KVSC mu kwishyura parikingi

Abatwara ibinyabiziga mu mujyi wa Kigali n’ahandi barinubira imikorere ya KVCS ishinzwe kwishyuza parikingi, aho ngo usanga bashyirwa muri sisitemu batabanje kubimenyeshwa, amande bacibwa akikuba inshuro 100,  n’ubumenyi buke burangwa mu bakozi babishinzwe,aho bakomeza kubarira imodoka parikingi kandi yamaze kuvamo bakabura ngo bishyurwe. Icyitwa gushyirwa muri sisitemu ni uburyo bwo kubarura imodoka iparitse, bugaragaza aho […]

Umupolisi yafashwe amashusho akubita umugore ingumi ziremereye mu mutwe- AMAFOTO

Amashusho y’umugore w’imyaka 20 akomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, abatari bake bayavugaho byinshi, aho banenga polisi yamukoreye ihohotera imukubita ingumi mu mutwe, nyuma ikanamwambika amapingu. Ibi byabereye ku kirwa cya New Jersey, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa 27 Gicurasi 2018, aho umugore w’imyaka 20 y’amavuko witwa Emily Weinman, ukomoka muri Philadelphia yakorewe […]

Somalia: Abagabo 3 bakatiwe igihano cyo kwicwa bamanitswe

Urukiko rwa gisirikare mu gihugu cya Somalia rwakatiye abagabo 3 igihano cy’urupfu nyuma yo guhamwa n’ibyaha by’ubwicanyi bwakozwe muri kiriya gihugu muri 2017 cyahitanye abantu benshi. Aba bagabo barimo Farhan Mohamed Samatar, Abdinasir Daqane Hassan na Abshir Mohamed Hajji Bule bashinjwa uruhare rukomeye mu gutegura no gushyira mu bikorwa igitero cyagabwe mu murwa mukuru wa […]

Centrafrica: Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bambitswe imidari y’ishimwe

Abapolisi b’u Rwanda 36 bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye mu gihugu cya RĂ©publique Centrafricaine (Multidimensional Stabilization Mission in Central African Republic (MINUSCA)) bazwi mu rurimi rw’Icyongereza nka Individual Police Officers (IPOs), ku itariki 30 z’uku kwezi bambitswe imidari y’ishimwe nk’ikimenyetso cy’imikorere myiza. Umushyitsi Mukuru muri uwo muhango wabereye ku cyicaro cy’Ishami rishinzwe kurinda Abayobozi […]

Rwamagana: Umugore akurikiranweho gutema mugenzi we bapfa umugabo

Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana yataye muri yombi umugore witwa Mukarugira Christine w’imyaka 41, ucyekwaho gutema mugenzi we, Uwitonze Jesca w’imyaka 28 bapfa umugabo. Ku cyumweru tariki ya 27 Gicurasi 2018, nibwo Mukarugira Christine utuye mu mudugudu w’Umunini, akagari ka Ruhimbi mu murenge wa Gishari, yatemye Uwitonze Jesca, amushinja kwigarurira umugabo we babanaga ku […]

Mugabo, dore ibanga na pozisiyo nziza bizagufasha kunyaza umugore

Abagabo benshi uzasanga mu kanwa kabo bavuga ijambo ‘kunyaza umugore’ mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina, ariko ababa bazi uko bikorwa, ni ingerere. Dore rero pozisiyo nziza wakwifashisha kugira ngo umugore anyare cyangwa se azane amavangingo. Ubusanzwe pozisiyo nziza ni mwe (umugabo n’umugore) mwihitiramo bitewe n’uko ibanezeza, biragoye guhita ubwira umuntu uti fata iyi reka iriya, gusa […]

Nyagatare: Umuyobozi w’akarere n’abamwungirije beguye ku mpamvu bita izabo bwite

Umuyobozi w’Akarere  ka Nyagatare, Mupenzi George n’abamwungirije, Kayitare Didas wari ushinzwe ubukungu na Musabyemariya Domitile wari ushinzwe imibereho myiza y’abaturage beguye ku mirimo bari bashinzwe. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 30 Gicurasi, nibwo aba bayobozi batatu beguye. Inama njyanama y’akarere ikaba itangaza ko beguye ku ‘mpamvu zabo bwite’. Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyagatare, […]

Perezida Kagame na Joà£o Lourenà§o wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda akaba n’umuyobozi mukuru w’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), na mugenzi we wa Angola, JoĂ ÂŁo Lourenà§o bazahura n’abayobozi batandukanye mu Bubiligi aho bazigira hamwe ikibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Biteganyijwe ko aba bayobozi bombi, bazagirira uruzinduko mu Bubiligi, mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gatandatu. Perezida JoĂ ÂŁo Lourenà§o wa […]

Urukiko rwategetse kujya bapima uburebure bw’igitsina cyukekwaho icyaha cyubusambanyi

Urukiko rwo muri New Zerande rwatanze itegeko ryo gupima ibitsina by’abazajya bakekwaho icyaha cyo gusambanya ku ngufu cyangwa ibindi bikorwa bifitanye n’ihohotera rishingiye ku gitsina. Iri tegeko ryasohotse nyuma y’uko umwe mu bagore b’abayobozi muri kiriya gihugu asabye urukiko ko rupima igitsina cy’umwe mu bo bakoranyeho ubwo babisikanaga hakarebwa niba ingero zatanzwe hari aho zihuriye […]

Nyuma yo guca amashashi, leta igiye guhagurukira n’ikibazo cya pulasitiki

Minsitiri w’Ibidukikije, Dr Biruta Vincent yatangaje ko mu gihe cya vuba ibicuruzwa bituruka hanze byinjira mu gihugu bipfunyitse muri pulasitiki bizajya bisora amafaraga menshi mu rwego rwo kugira ngo bigabanuke. Ibi yabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru ubwo yavugaga ku itangizwa r’icyumweru cyahariwe ibidukikije, aho yavuze ko nubwo leta yaciye amashashi, hakiri ibicuruzwa byinshi bituruka mu mahanga […]

Judith Heard ashobora gukatirwa igifungo cy'imyaka 10 ku bw'amafoto ye yagiye hanze yambaye ubusa -Amafoto

Ku wa Mbere tariki ya 28 Gicurasi 2018, nibwo hiriwe hakwirakwizwa mu bitangazamakuru amafoto y’umunyamideli, Kantengwa Judith Heard yambaye ubusa buri buri, ibi bikaba bishobora gutuma afungwa imyaka 10  nk’uko biteganwa n’itegeko rya Uganda. Amafoto yashyizwe hanze, agaragaza uyu mubyeyi w’abana babiri ari ahantu hameze nko mu bwogero, agaragaza amabere ndetse ari gutumura itabi. Judith […]

Ukutumvikana hagati ya Perezida Museveni n’umugore we ku ishyirwaho ry’umuyobozi wa Makerere

Perezida wa Uganda, Yoweli Museveni ntavuga rumwe n’umugore we, Janet Kataha Museveni  ku bijyanye n’ufite uburenganzira bwo gutanga akazi mu nzego zimwe na zimwe zirimo n’izijyanye n’uburezi n’ubwo umugore we ari Minisitiri w’uburezi. Iki kintu umuntu yakwita ukutavuga rumwe mu rugo rw’umuyobozi mukuru w’igihugu cya Uganda, cyatewe no kuba mu minsi yashize umugore we, Janet […]

Imvune ya Sarah ni igihano cy'Imana- Kuwaiti Preacher

Preacher Mubarak al-Bathali, uzwi nka Kuwaiti Preacher yatangaje ko Mohammed Sarah, umunyamisiri uherutse kuvunikira bikomeye mu mukino wa nyuma wa UEFA champions League, ubwo ikipe ya Liverpool yakinaga na Real Madrid, ari igihano cy’Imana ku bwo kutubahiriza igisibo. Abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter, Kuwaiti yavuze ko kiriya ari igihano Imana yahaye Sarah wakinnye umukino […]

Umukomisiyoneri w’inyeshyamba, udafite aho yanditse amenya ate umukiriya wananiwe kwishyura Banki? — Min. Busingye

Ikibazo cya cyamunara zitezwa nabi, maze abitwa abakomisiyoneri bagatesha agaciro umutungo w’umuturage gihangayikishije inzego nyinshi. Ibi ngo bigirwamo uruhare na bamwe mu bakozi ba Banki babaha amakuru ku nguzanyo z’abakiriya, ndetse n’abashinzwe kugurisha ingwate, bigahombya Banki na nyirumutungo. Abo bose bahagurukiwe. “Abakomisiyoneri bajye mu makampani, cyangwa babe abamarine Polisi ikore akazi. Commissionaire nashake aho abarizwa […]

Dore ibimenyetso bitanu bizakwereka ko umukobwa atagukunda, ahubwo agambiriye kukurya utwawe

Urukundo ruca amarenga ukamenya aho rugana, n’ubwo kumenya ikiri mu mutima w’umuntu bigoye, ariko iyo uri umuhanga gukengura umukobwa utagukunda ahubwo ushishikajwe no kukumaraho imitungo, wamutahura. Dore ibintu bitanu bizagufasha kuba wamukengura: 1.Kwishimisha cyane: Umukobwa wakurabutsweho ifaranga, iyo ashaka kurirya neza neza, uzasanga buri gihe akumenya amatangazo y’ahazabera ibitaramo, ibirori, agace keza ko gusohokeramo, aho […]

Perezida Kabila azagumana ubutegetsi, anabuvuyeho yahabwa umwanya ukomeye muri politiki-Mende

Umuvugizi wa Leta muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Lambert Mende yatangaje ko Perezida Kabila ashobora kuguma ku butegetsi ariko atanabugumaho akareba undi wo mu ishyaka riri ku butegetsi wiyamamariza umwanya ariko Kabila akagira umwanya ukomeye muri politiki ya kiriya gihugu. Ibi yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuwa 29 Gicurasi 2018, aho yirinze kwerura ngo […]

Umugore wa Trump ntakigaragara mu ruhame asigaye akorera akazi kuri Twitter

Melania Trump umufasha wa Trump perezida wa Amerika amaze iminsi 19 atagaragara mu ruhame, aho ku wa 10 Gicurasi 2018, ari bwo abantu baheruka kumuca iryera bakira imfungwa eshatu z’Abanyamerika zarekuwe na Koreya ya Ruguru. Nyuma y’iminsi ine umuvugizi we Stephanie Grisham yasohoye itangazo avuga ko Melania Trump, yagiye kwa muganga kwivuza impyiko ariko byagenze […]

Kubera urukundo bakunda ibiti, hari abagore bahisemo gusezerana nabyo -Amafoto

Itsinda ry’abagore bo muri Oaxaca na Mexico bahisemo gusezerana n’ibiti nyuma yo kwiyumvamo urukundo rudasanzwe nabyo aho bavuga ko aribyiza kuko bibafasha guhagarika kubyaragura ndetse n’ihohoterwa ribakorerwa. Ni mubirori byiswe “tree mendous” byahuruje imbaga aho abagore batandukanye bari babukereye mu makanzu yera baje gusezerana n’ibiti bikundiye. imwe mumpamvu zitangwa n’abamwe muri aba bagore basezeranye kubana akaramata […]

Kigali: Ntaganzwa Ladislas uregwa ibyaha bya jenoside yireguye ahakana ibyo ashinjwa

Urukiko rukuru mu Rwanda rwatangiye kumva ubwiregure bwa Ladislas Ntaganzwa uregwa ibyaha bya jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu bicyekwa ko yaba yarakoze muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu Rwanda. Mu kwiregura kwe,  Ntaganzwa yaranzwe no guhakana ibyaha byose aregwa. Ntaganzwa wiregura ku byaha bitanu bya jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu akekwaho ko yabikoreye i Nyakizu mu 1994 yongeye […]

Uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa rujyana n’ubushobozi, ikosa ni ukutabwira abaturage- Min. Kaboneka

Ubushakashatsi bw’ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi RALGA, mu mushinga DALGOR bwagaragaje ko uruhare abaturage bagira mu igenamigambi n’ingengo y’imari y’akarere rukiri ruto, nyamara abayobozi b’inzego z’ibanze bagasanga ruhari. Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis avuga ko byose bijyana n’ubushobozi bw’igihugu, ahubwo ngo “ikosa ni ukutagaruka ngo ubwire abaturage impamvu igikorwa bifuje kitakomeje”. “Umuhanda uhuza imidugudu ntuguranwa uhuza uturere, […]

Nigeria: Perezida Buhari yagabanyirije imyaka abashaka kujya biyamamariza kuyobora

Leta ya Nigeria yatangaje ko igiye guha amahirwe urubyiruko rushaka kwiyamamariza kuyobora aho imyaka yagenderwagaho umuntu yagombaga kuba atarengeje izagabanywa kugira ngo bibone mu mapiganwa ari benshi bakiri bato. Ibi ni ibyatangajwe na perezida wa kiriya gihugu Muhamadu Buhari, ubwo hizihizwaga umunsi mukuru w’ukwishyira ukizana kw’abaturage. Yagize ati”Hagiye gutorwa itegeko rigabanya imyaka yagenderwagaho mu kwiyamamariza […]