Jay-z yibitseho agatubutse kurusha abandi baraperi atarigeze arangiza amashuri

Shawn Corey Carter wamenyekanye cyane ku izina rya Jay-z, yavutse ku itariki ya 4 Ukuboza 1969, avukira i Brooklyn mu Mujyi wa New York, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Jay-z yakuriye mu buzima bugoye abana na nyina, Gloria carter ndetse n’abavandimwe be, nyuma yo gusigwa na se, Adnis Rreeves ubwo Jay-z yari afite imyaka […]

Kwemererwa gutunga imbunda mu Rwanda ni nk’uko ingamiya yaca mu mwenge w’urushinge- Min Busingye

Ministeri y’ubutabera  iratangaza ko yamaze gushyikiriza Inteko Ishinga Amategeko umushinga w’itegeko ryemerera umuturage wese wujuje ibisabwa biteganywa n’itegeko rigena gutunga, gutanga, gucuruza, no gukora intwaro mu Rwanda, gusa igatangaza ko bitakorohera buri wese bitewe n’urutonde rw’ibisabwa. Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye avuga ko ibi bitavuze ko imbunda zigiye kujya zicuruzwa mu maduka  nk’ibindi bicuruzwa byose nk’uko […]

Nyamagabe: Abamugaye bababazwa nuko badafashwa nk’abatishoboye

Abafite ubumuga bo mu murenge wa Tare mu karere ka Nyamagabe bavuga ko ubumuga bafite butari mu bishingirwaho bashyira abantu mu byiciro by’ubudehe, ibi bikaba bituma badahabwa ubufasha bugenerwa abandi baturage batishoboye. bikanababera inzitizi no kuri serivisi z’ubuvuzi kuko ubwishingizi mu kwivuza (mutuel de sante) butabasha kuvuza indwara z’ubumuga n’izindi zifitanye isano nabwo. Munyaneza Ladislas […]

Alexis Kagame uvugwaho guhindura Bibiliya mu Kinyarwanda, ni muntu ki?

Alexis Kagame yavutse ku wa 15 Gicurasi 1912, mu misozi ya Kiyanza, mu cyahoze ari Komini Mugambazi, ubu ni mu karere ka Rulindo. Yavutse ku ngoma y’umwami Yuhi V Musinga, umuryango we wari umwe mu miryango ikomeye i bwami, kuko bari abanyamabanga b’ibwami [Abiru]. Avuka, u Rwanda rwari mu maboko y’abakoloni b’Abadage, gusa nyuma yaho […]

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres ugiye kubaka mu Rwanda ikigo kizita ku Ngagi

Perezida Kagame yakiriye mu biro bye, Ellen DeGeneres, uzwi cyane mu kiganiro gisetsa ‘The Ellen DeGeneres Show’ gicishwa kuri televiziyo.  Akaba agiye gutangiza mu Rwanda umushinga wo kubaka ikigo kizafasha mu bikorwa bya Dian Fossey Gorilla Fund byo kwita ku ngagi . Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres, kuri uyu wa 29 Gicurasi 2018, mu biro […]

Uganda: Umupolisi akurikiranyweho gusambanya ku ngufu umwana ufite ubumuga akanamutera inda

Polisi ya Uganda ikorera mu kace ka kasese icumbikiye umwe mu bo bakorana utatangajwe amazina ukurikiranyweho gusambanya ku ngufu umwana w’umukobwa ubana n’ubumuga akanamutera inda. Uyu mupolisi ukora mu rwego rwa police Constable ashinjwa gusambanya uyu mwana w’imyaka 16, imiryango irengera abafite ubumuga n’abandi babifite mu nshingano bakaba bari gushyira polisi mu majwi kubera kutabasha […]

Nyamasheke: Bababazwa no kutabona ababo bishwe muri jenoside ngo bashyingurwe mu cyubahiro

Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu mirenge ya Cyato na Rangiro mu karere ka Nyamasheke bavuga ko intimba ikiri yose, baterwa no kuba batarabona imibiri y’ababo bishwe muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ngo ishyingurwe mu cyubahiro. Ubwo hibukwaga ku nshuro ya 24 jenoside yakorewe Abatutsi muri iyi mirenge yombi, kugeza ubu yibukira […]

Ubuhamya: Ni njye wasembuye data, turasambana bimviramo gutwita inda ye

Amazina yanjye ni Stella, mfite imyaka 25 y’amavuko, natangiye kumva nkunze cyane data ubwo nari mfite imyaka 21 niga muri kaminuza, ababyeyi bacu bashakanye bakiri bato cyane ku buryo twabyirutse utamenya ko ari bo bambyara kuko ni nkaho twanganaga mu gihagararo. Nakuze numva niyumvamo papa mu buryo budasanzwe. Data yari munini, ateye neza, mbese afite […]

Koreya ya Ruguru yohereje umwe mu basirikare bakuru  muri Amerika guhura na Trump

Umwe mu bayobozi bakomeye muri Koreya ya Ruguru yoherejwe muri Amerika guhura na perezida Trump ngo baganire ku buryo ibihugu byombi byanoza umubano. Uyu muyobozi bavuga ko akoranira bya hafi na perezida Kim Jong akaba n’umwe mu basirikare bakuru muri kiriya gihugu, Gen Kim Yong-chol biteganyijwe ko aba yasesekaye muri Amerika ejo kuwa Gatatu tariki […]

Diamond asigaye ajya muri Afurika y'Epfo kureba Zari mu ibanga rikomeye

Diamond Platnumz wamaye cyane mu muziki ndetse no kuba akunda abagore amaze  iminsi ajya muri Afurika y’Epfo aho Zari aba, mu ibanga bivugwa ko ari gusaba imbabazi uyu wahoze ari umugorewe banabyaranye abana babiri. Kuva Zari Hassan yatangaza ku mugaragaro ko yatandukanye na Diamond kuwa 14 Gashyantare 2018 yahise ajya kuba muri Afurika y’Epfo mu […]

FRC, umutwe w’inyeshyamba uri mu nzira zo gucumbukura ikivi cya M23

Hari hashize imyaka itanu umutwe w’inyeshyamba za M23  (Mouvement du 23 Mars) zarwaniraga ku butaka bwa Congo, ushyize intwaro hasi. Ubu haravugwa undi urimo gutegurwa ngo ube wacumbukura ikivi M23 yacumbitse witwa FRC (F ront pour la Restauration du Congo ). Iby’uyu mutwe w’inyeshyamba byagaragaye mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Gatanu, ubwo umugore witwa Brigitte Safari Misabiro, […]

Karago: Umuyoboro w’amavomo 14 hakoramo atatu gusa

Abatuye umurenge wa Karago mu karere ka Nyabihu bavuga ko batunzwe n’amazi y’ibirohwa bavoma mu kiyaga cya Karago, nyamara bamaranye imyaka ibiri umuyoboro wagombaga kubaha amavomo 14 hakaba hakoramo atatu gusa. Ngo gusaranganya amazi ntibishoboka kuko rwiyemezamirimo yataye ibikorwa, bityo umurenge ukaba utabasha kuyicungira akiri mu maboko ye. Uyu muyoboro watwaye miliyoni 169 z’amafaranga y’u […]

Nta kigeragezo kibasha kubageraho kitari urusange, Imana izabacira akanzu

“Nta kigeragezo kibasha kubageraho kitari urusange mu bantu; kandi Imana ni iyo kwizerwa, kuko itazabakundira kugeragezwa ibiruta ibyo mushobora, ahubwo hamwe n’ikibagerageza izabacira akanzu, kugira ngo mubone uko mubasha kucyihanganira.” 1 Abakorinto 10:13 Iyo umuntu ari mu bigeragezo akenshi icya mbere kimubaho ni uguterwa n’ubwihebe ndetse agatangira kwibwira ko Imana yamutaye, akaba yashidikanya ku mbaraga […]

“Curse of tippecano” umuvumo washyizwe kuri bamwe mu ba perezida b’Amerika bakabigenderamo-Amafoto

Curse of tippecano, ikitwa cyangwa gifatwa nk’umuvumo washyizwe kubakuru b’igihugu cya leta Zunze Ubumwe z’America, uvuga ko buri mu perezida uzajya afata ubuyobozi mu mwaka uherwa na zero, azajya aba asinyiye urupfu rwe, aho byabereye ku mugezi wa tippecano ho muri iki gihugu kijy’igihangange. Mu mwaka wi 1840, abazungu bigaruriye ubutaka bw’abahindi bo muri amerika, […]

Dore ibyiza byo gusomana utari uzi, harimo no kuba bikundwa n'abagore kurusha abagabo

Igikorwa cyo gusomana ni igikorwa abantu benshi badaha agaciro cyane ku byiza cyaba kitugirira, ariko nkuko byakoreweho ubushakashatsi n’inzobere mu bijyanye n’umubiri w’umuntu ndetse n’imitekerereze ya muntu, igikorwa cyo gusomana kigira ibyiza byinshi cyane kubari kugikora, tukaba twabashakiye ibyo byiza gusomana byaba bigira ku muntu uri kubikora. Gusomana byongera ubudahangarwa bw’umubiri ubu n’ubushakashatsi bwakorewe ku […]

Sudani y’Epfo: Abayobozi 6 basabiwe ibihano bikarishye n’Amerika

Amerika yasabye Loni gufatira ibihno bikomeye abayobozi bo muri Sudani y’Epfo bagera kuri 6 kuko batubahirije amasezerano y’amahoro ,kubangamira ibikorwa by’ubutabazi  ndetse no gushaka kuyobya imfashanyo zigenewe abaturage mu gihe igihugu kimaze imyaka mu ntambara. Reuters dukesha iyi nkuru ivuga ko Amerika yasabye Loni gukurikirana abayobozi bakomeye barimo Minisitiri ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri, Martin Elia […]

Umugabo yasabye gatanya nyuma y'iminota 15 asezeranye n'umugore we.

Mu birori byakataraboneka byari byahuje inshuti n’abavandimwe b’imiryango yombi byabereye i Dubai ku wa Gatanu tariki ya 25 Gicurasi 2018, umusore yabenze umugeni nyuma y’iminota 15 basezeranye. Intandaro yitandukana ryaba bageni ryaturutse ku mafaranga angana n’ibihumbi 50 000 bya ma Dh amafaranga akoreshwa muri Leta zunze ubumwe z’abarabu, yari gutangwa na Se w’umukobwa kugirango afashe […]

Ibintu 10 wamenya kuri Olive Lembe, umugore wa perezida Kabila- AMAFOTO

Amazina ye yose, ni Marie Olive Lembe di Sita, akaba umugore wa Perezida Joseph  Kabila, wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Imyaka ishize ari 12 bashakanye. 1.yavutse ku wa 29 Nyakanga 1976, ubu afite imyaka 41 y’amavuko. Yavukiye i Kailo mu Ntara ya Maniema, imwe muri 26 zigize Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Olive avuka ku […]

Nyuma yo kurata igikombe, umuzamu wa Liverpool yakiriye ubutumwa bw’iterabwoba

Polisi yo mu Bwongereza iri gukora iperereza ku baba boherereje ubutumwa umunyezamu w’ikipe ya Liverpool, Loris Karius  nyuma y’uko iriya kipe ibuze igikombe cya Champions League, ku munota wa nyuma w’irushanwa bumubwira ko bazamwica. Uyu munyezamu yagaragaye cyane arimo yisobanura anasaba imbabazi abafana b’ikipe ye kuri stade nyuma y’umukino ndetse yongera no kwisegura mu kiganiro […]

Kenya: Abapolisi 2 bakurikiranyweho uruhare mu bukwe bw’umwana w’imyaka 9

Abapolisi 2 bakorera mu gace ka Kajiado muri Kenya bakurikiranyweho uruhare mu gutegura no gushaka gushyira mu bikorwa by’imihango y’ubukwe bw’umwana w’imyaka 9 y’amavuko wari ugiye gushyingirwa umusaza w’imyaka 56. Umwe muri aba bapolisi utatangajwe amazina avugwaho kuba yarafashije abandi bantu mu gusiramura uyu mwana w’umukobwa (Female Genital Mutilation) mu gihe mugenzi we na we […]

Musanze: Umusore arahakana icyaha akurikiranyweho cyo kwicisha ishoka nyirakuru

Mu gihe ubushinjacyaha ku Rwego rwisumbuye rwa Musanze  bukurikiranye umusore w’ imyaka 16 witwa Mugisha Gad icyaha cyo kwica nyirakuru amutemesheje ishoka, mu ibazwa uyu musore yahakanye avuga ko atigeze ayimutemesha. Mugisha akekwaho kuba  ku itariki ya 16 Gicurasi 2018, mu gihe cya saa cyenda n’igice  z’amanywa (15:30) yarakubise nyirakuru witwaga  Bapfakuvuga Marie  ishoka mu […]

U Bwongereza: Itangazamakuru n’Abadepite baranenga u Rwanda ku masezerano ahenze rwagiranye na Arsenal

Itangazamakuru ndetse n’abanyamategeko bo mu gihugu cy’u Bwongereza banenze igihugu cy’u Rwanda ku masezerano giherutse kugirana n’ikipe yo muri kiriya gihugu ya Arsenal ashingiye ku kwamamaza ubukerarugendo mu Rwanda, rukaba rwaremereye iriya kipe Miliyoni 30 z’Amayero azatangwa mu myaka 3. Umwe mu badepite bo muri kiriya gihugu, Andrew Bridgen, agira ati”ibi biratangaje cyane, bisa no […]

U Burundi ku isonga mu kudindiza imikorere y’umuryango ‘EAC’

Igihugu cy’u Burundi, kimwe muri bitandatu bigize umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba, gishyirwa ku isonga mu kuba kidindiza imikorere y’uyu muryango bitewe n’ibirarane, kutitabira inama,
 Ku mafaranga agera ku miliyoni 113 z’amadolari y’Abanyamerika uyu muryango wari wateganije gukoresha mu ngengo y’imari y’uno mwaka uzarangira mu kwezi kwa karindwi, buri gihugu cyose kiri muri uyu muryango […]

Mayor wa Bugesera na ba Visi Mayor na bo beguye

Nsanzumuhire Emmanuel, wari Mayor w’akarere ka Bugesera n’abamwungirije bombi bagize Komite nyobozi y’akarere ka Bugesera, beguye ku mirimo yabo kuri iki cyumweru Tariki ya 27 Gicurasi 2017, njyanama y’aka karere nayo yamaze kwemeza ubwegure bwabo. Amakuru dukesha umuseke , Ndahiro Donald uyobora inama njyanama y’akarere ka Bugesera yavuze ko Mayor n’abamwungirije bashyikirije njyanama amabaruwa yo […]

Rayon Sports yatsinze ibitego 3 (Mpaga ) idakinnye na Miroplast

Rayon Sports yatsinze kuri mpaga ibitego bitatu ku busa, ibona amanota atatu idakinnye. Ni kumunsi weje kucyumweru Tariki ya 27 Gicurasi, 2018. Amasaha umukino wagombaga gutangiriraho yageze Miroplast itarakandagira ku ikibuga, abasifuzi bari kuyobora uyu mukino bafashe umwanzuro wo gutera mpaga nyuma yo kutayica iryera. Afana ba Rayon Sports bari bitabiriye umukino w’umunsi wa 24 […]

Nick Minaj yatunguye isi ubwo yatangazaga umusore bari murukundo muri iyi minsi -Amafoto

Umuraperikazi Nicki Minaj ubarizwa muri Leta zunze ubumwe z’Amerika yatunguye benshi mu bamukurikira umunsi kumunsi mu mpande z’isi avuga k’urukundo yaba afitanye numuraperi Eminem. Uyu muhanzi ugezweho mu ndirimbo ‘Chun-Li’ yavuze ibi biturutse ku gitekerezo cyanditswe n’umwe mu bafana be ku mashusho yari yashize kuri Instagram, amubaza niba ibihuha bivugwa ko ari gukundana na Eminem […]

Ese waba uzi impamvu abagore benshi basakuza mu gihe kimibonano mpuzabitsina?

Twifashishije imbuga za internet zitandukanye zandika inkuru zijyane n’urukundo n’imibanire, ngo gutaka k’umugore mu gihe atera akabariro gusobanuye byinshi. 1.Ikimenyetso cy’uko yishimye Impamvu ya mbere ituma umugore arira cyangwa ataka mu gihe cyo gutera akabariro, ngo ni ibyishimo birenze aba yagize. Ibyishimo umugore agira iyo aryohewe n’imibonano mpuzabitsina ngo biba bimeze nk’iyo umuntu akoze mu […]

Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Banki nkuru y’igihugu muri Uganda igiye kugurishwa akayabo ka Miliyari 504 ikegurirwa abashoramari kuko ifaranga n’agaciro karyobiri kurushaho kuzamba muri kiriya gihugu. Amakuru dukesha ikinyamakuru spyreports cyo muri Uganda avuga ko hari amakuru yemeza ko gucunga banki nka leta ya Uganda bitagishobotse mu gihe ikomeje kugenda igwa mu gihombo uko bukeye n’uko bwije bityo ko […]

Umugore Bebe Cool, Zuena yibasiwe nyuma yo kuvuga ko ari Umunyarwanda

Umugore w’icyamamare mu muziki Bebe Cool, Zuena Kirema yibasiwe bidasubirwaho n’abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kuvuga ko ari umunyarwanda warerewe muri Uganda ndetse akaba atewe ishema n’igihugu cye cy’u Rwanda. Uyu mugore yatangaje ibi akoresheje ikirango ikipe ya Arsenal iherutse gushyira ku mpuzankano yayo gikangurira abantu gusura u Rwanda nyuma y’amasezerano u Rwanda rwagiranye […]

U Rwanda rwabaye igihugu cya 3 gishyigikiye amasezerano y’isoko rusange rya Afurika

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 26 Gicurasi 2018, u Rwanda washyikirije Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) inyandiko zemeza burundu amasezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika, (AfCFTA), ruba u rwa Gatatu mu kwemea aya masezerano nyuma ya Kenya na Ghana byashyikirije AU izo nyandiko ku wa 10 Gicurasi 2018. Aya masezerano ashyiraho isoko rusange […]

U Rwanda rwasubije abanenga ubufatanye rwagiranye na Arsenal

Umyobozi w’Ikigo cy’igihugu cy’Iterambere(RDB) Claire Akamanzi yasubije abakomeje  kunenga amasezerano u Rwanda ruherutse kugirana n’ikipe  yo mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Bwongereza, Arsenal afite agaciro ka milyoni 30 z’amayelo. Abinyujije ku rubuga rwe rwa twitter,uyu muyobozi yavuze ko abakomeje kunenga iyi gahunda bashobora kuba bafite ibindi bitari byiza bagambiriye cyangwa se bakaba nta […]

Bimwe mu bintu byagufasha kumenya umukobwa cyangwa umugore uryoshya imibonano igihe utera akabariro

Ntibazakubeshye ngo abakobwa baryoshya imibonano mpuzabitsina kimwe, kuko ntibaremwe kimwe, kandi nanone abo baryohereza ntibakunda bimwe. Gusa nanone ntitwakwirengagiza ko ubumenyi n’uburambe umukobwa abifitemo bushobora kumufasha kuryoshya imibonano, kuko bitewe n’ibyo ba Nyirasenge bamutoje cyangwa se niba yaraganiriye n’abakuze, cyangwa akaba asengera muri ya madini bigisha abakobwa gufata neza abagabo no kubasasira neza. Ibi bishobora […]

Ethiopia: Perezida Kagame yabonanye n’igihangange mu gusiganwa ku maguru,Haile Gebrselassie

Perezida Kagame ari kumwe na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopa Dr.Abiy Ahmed , babonanye n’igihangange mu gusiganwa ku maguru Haile Gebrselassie wamenyekanye cyane mu mikino ya Olempike. Uhereye ibumoso: Haile Gebrselassie, Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe Dr.  Abiy Ahmed Perezida  Kagame uri mu ruzinduko muri Ethiopia kuva kuri uyu wagatanu kuri iki gicamunsi yavuye mu mujyi […]

Ubuholandi : Abadepite basabye ko hasesengurwa amasezerano u Rwanda rwagiranye na Arsenal

Abadepite b’Ubuholandi basabye ko hakorwa ubusesenguzi ku masezerano y’ubufatanye u Rwanda ruherutse kugirana  n’ikipe yo mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Bwongereza, Arsenal afite agaciro ka milyoni 30 z’amayelo. Inkuru dukesha  urubuga Dutchnews.nl ivuga ko izi ntumwa za rubanda zasabye Minisitiri Ushinzwe Imfashanyo, Sigrid Kaag ko yakora ubusesenguzi kuri aya masezerano y’ubufatanye hagati y’u […]

Imana yakuremanye ubutware ariko ukwiriye kubukoresha neza

« Abamarayika si bo Imana yahaye gutegeka isi izabaho, iyo tuvuga » (Abaheburayo 2: 5.) Umugambi w’ Imana ku muntu ubwo yamuremaga, kwari ukugira ategeke byose (Itangiriro 2:15-20), ariko umuntu yategetse umwanya muto nyuma akoze icyaha ategekwa na byose. Imana iramubwira ngo uzategekwa n’umuruho, uzarya ututubikanye, n’inyamaswa zo mugasozi ziramuhindukirira kandi ari we wazise amazina […]

Ibyo wamenya ku ijoro ryiswe ‘Ibyuma birebire’’ Adolphe Hitler yishemo abantu benshi

Operation Hummingbird (night of long knives) cyangwa se ijoro ry’ibyuma birebire , ni ijoro rikomeye ryabayeho mu mateka y’isi, ryo kuya 30/6/ kugeza 2/7/ mu mwaka wi 1934 ahishwe buri kinyabuzima cyose cyitemeraga amatwara ya Adolph hitler, bikozwe na ‘’ national Socialist German Workers Party [NAZI], aba bari bazwi ku kazina ka ‘’Brownshirts’’ kubera imyambaro […]

Rusizi: Itorero ADEPR ryagaye ku mugaragaro abapasiteri n’abandi abayoboke baryo bijanditse muri Jenoside

Muri paruwasi ya Ntura mu itorero ADEPR ni ho habereye kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe abatutsi ku rwego rw’akarere ka Rusizi muri iri torero ahunamiwe abatutsi 38 baguye mu rusengero rw’iyi paruwasi bishwe urw’agashinyaguro bigizwe mo uruhare na bamwe mu bo basenganaga. Mu kiganiro n’itangazamakuru, umushumba w’ururembo rw’intara y’uburengerazuba,R Ă©v. Sebadende Emmanuel, yagaye […]

Polisi yasabye abagenzi kutarebera abashoferi babatwara bavugira kuri telefoni

Umuyobozi w’ishami rya polisi y’igihugu rishinzwe umutekano wo mu muhanda, CP George Rumanzi yasabye abagenzi kwamaganira kure abashoferi babatwara mu modoka rusange bavugira kuri telefoni cyangwa  bagendera ku muvuduko ukabije. Ibinyujije ku rukuta rwayo rwa twitter, Polisi y’igihugu yavuze ko kwamagana abashoferi bakora aya makosa bireba buri wese kandi ko ari  inshingano za buri wese […]

Ibyo wamenya ku nkomoko y’irushanwa ry’amagare rikomeye ku isi (Tour de France)

Tour de france ni irushanwa ngarukamwaka ryo gutwara amagare, ribera mu Bufaransa ndetse rikanazenguruka bimwe mu bihugu bituriye ubufaransa. Bwambere mu mateka , tour de france yabaye mu mwaka wi 1903, riza ari irushanwa ngaruka mwaka, uryitabiriye akagomba kuba yarahawe itike na UCI [union Cycliste Internationale]. Rigendrwa iminsi 21, rigakorwa umurambararo ungana n’ibirometero 3,500, ryitabirwa […]

Ethiopia: Minisitiri w’intebe yahaye Perezida Kagame inka n’iyayo -AMAFOTO

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Dr.Abiy Ahmed yahaye  Perezida Kagame uri mu ruzinduko muri iki gihugu  inka n’iyayo  ndetse anamwizeza ubufatanye mu rwego rwo guteza imbere Afurika. Mu magambo ashimira Dr.Abiy, Perezida Kagame yavuze ko  yishimiye impano ikora ku mutima bamuhaye  kubera ko inka ari akarango k’umuco ibihugu byombi bisangiye. Ati ”Murakoze k’ubw’impano y’agatangaza mumpaye, ikora […]

Gicumbi: Meya w’Akarere na ba Visi Meya begujwe

Kuri uyu wa 25 Gicurasi 2018Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Mudaheranwa Juvenal na ba Visi Meya bose begujwe ku mirimo yabo . Meya Mudaheranwa yegurijwe n’umuyoboziw’akarere Wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Muhizi Jules Aimbable n’umuyoboziw’akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza, Benihirwe Charlotte. Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Gicumbi, Kayombya DieudonnĂ©, yemeje ko abo bayobozi bose begujwe koko kubera […]

Ese waba uzi impamvu igitsina gabo gikunda abakobwa bafite amabuno manini?

Ni byo koko hari byinshi bigenda bivugwa ku bijyanye n’imiterere y’igitsinagore cyane cyane hitawe ku itandukaniro riri hagati y’imiterere y’umubiri w’umukobwa n’umusore. Nk’uko rero na none abagore bose usanga hari imiterere badahuje ugendeye ku bigaragara inyuma[forme], usanga hari umwihariko w’abagore bafite ibibuno binini bagira mu rwego rwo kwigarurira imitima y’abagabo kurenza abifitiye ibibuno bito. Umuntu […]

Miss Anastasie ntiyumva kimwe na Miss Igisabo kubyo aherutse gutangaza

Mu minsi ishize nibwo Miss Hirwa Honorine wamamaye nk’igisabo ubwo yari mu marushanwa y’ubwiza umwaka ushize 2017 yatangaje ko ariwe Miss ukunzwe w’ibihe byose ntawamusimbura kuri uwo mwanya. Gusa Miss Umutoniwase Anastasie watowe kuri uwo mwanya mu mwaka wa 2018 ntiyemeranya nawe kuri iyi ngingo.  Mu kiganiro uyu nyampiga uhiga abandi mubakunzwe n’abantu benshi  bakunze […]

Rwakazina Marie Chantal ahigitse Henriette Murekatete ku mwanya w'umuyobozi w'umujyi wa Kigali

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 25 Gicurasi 2018, mu mujyi wa Kigali hari hateganyijwe ibikorwa by’amatora agomba kuvamo ugomba gusimbura Nyamurinda uherutse kwegura ku buyobozi bwawo. Rwakazina Marie Chantal umwe mubahabwaga amahirwe atorewe kuyobora Umujyi wa Kigali ku majwi 146 mu gihe Henriette Murekatete we bari bahanganye agize amajwi umunani Iri tora ryabaye nyuma […]

Abarwanyi ba ISIS bamaze kugera mu bihugu 5 byo muri Afurika  birimo na Uganda

Afurika yunze ubumwe yatangaje ko hari amakuru yizewe avuga ko mu bihugu 5 byo mu Burasirazuba n’Amajyepfo y’Afurika birimo na Uganda hamaze gusesekaramo abarwanyi bo mu mutwe wa ISIS uzanzwe uzwi mu bihugu bya Iraq na Syria. Aba barwanyi bagendera ku matwara y’idini ya kisilamu, bivugwa ko bahoze ari bamwe n’abo mu mutwe w’iterabwoba wamenyekanye […]

Ubufaransa: Urukiko rwahamije Pascal Simbikangwa uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi

Urukiko rusesa imanza rwo mu Bufaransa kuri uyu wa kane bidasubirwaho rwemeje ko Umunyarwanda Capt. Pascal Simbikangwa w’imyaka 58 yagize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Pascal Simbikangwa, yari yarakatiwe gufungwa imyaka 25 mu 2014 nyuma aza kujurira mu 2016 maze aratsindwa .Uru rukiko rwemeje ko Simbikangwa rumuhamya ibirimo kugira uruhare muri Jenoside n’ibindi […]

Dore akamaro gakomeye utari uzi ko gukora imibonano mpuzabitsina

Nubwo imibonano mpuzabitsina ari ingenzi, usanga benshi bayikoresha nabi ari byo binabaviramo indwara zanduririra mu mibonano mpuzabitsina cyangwa andi makimbirane atandukanye akomoka ku mibonano mpuzabitsina ikozwe nta gahunda cyangwa mu buryo budakwiye. ubushakashatsi bwakozwe n’impuguke mu bijyanye n’imikorere y’ibitsina Dr. Jay Davidson ndetse n’itsinda ry’abandi bashakashatsi ngo imibonano mpuzabitsina ifata umwanya munini mu buzima n’imitekerereze […]

Umujyi wa Kigali ugiye gutora umuyobozi mushya

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 25 Gicurasi 2018, mu mujyi wa Kigali hateganyijwe ibikorwa by’amatora ahari buvemo ugomba gusimbura Nyamurinda uherutse kwegura ku buyobozi bwawo. Biteganyijwe ko mu bajyanama 26 b’uyu mujyi wa Kigali buri wese aba ari umukandida kuko iyo bageze mu cyumba cy’itora buri wese aba ashobora kwiyamamaza cyangwa akamamaza mugenzi we. […]

Sudani y’Epfo: Umwana w’umukobwa w’imyaka 19 yakatiwe urwo gupfa

Umwana w’umukobwa wo muri Sudani y’epfo yakatiwe n’urukiko igihano cy’urupfu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwivugana umugabo iwabo bari baramushyingiye ku ngufu atabishaka. Ibitangazamakuru bitandukanye bivuga ko uyu mwana wahawe izina rya Hussein, ngo yemereye ubutabera ko yishe umugabo iwabo bamushyingiye atabishaka, uwo mugabo nawe akagerageza kumusambanya ku ngufu kuko uwo mwana atabishakaga, mu rwego […]

Nyagatare: Bane batawe muri yombi bazira gucuruza magendu no gutanga ruswa

Polisi y’Igihugu mu murenge wa Rwempasha, mu karere ka Nyagatare yataye muri yombi abagabo bane bakekwaho kwinjiza mu buryo bwa magendu amabaro umunani y’inkweto za caguwa maze bagashaka gutanga ruswa. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba CIP Theobard Kanamugire yavuze ko Polisi yamenye amakuru ko hari ibicuruzwa bya magendu bigiye kujyanwa k’uwitwa Twagirumukiza Celestin kandi […]

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Ethiopia-AMAFOTO

Perezida Paul Kagame yamaze kugera mu gihugu cya Ethiopia aho yakiriwe na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Dr. Abiy Ahmed. Uru ni uruzinduko rwa mbere Kagame agiriye mri iki gihugu kuva uwari Minisitiri w’Intebe Hailemariam Desalegn yeguye. Aba bayobozi bombi bagiranye ibiganiro byari byitabiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopia,Hope Tumukunde . Perezida Kagame agize uru […]

‘’Vatican Secret Archives’’ inzu igerwamo na Papa wenyine gusa, ibitse impapuro zo mu kinyejana cya 8

Vatican secret archives ni ububiko bukomeye cyane mu mateka y’idini Gatulika, bubitse impapuro zo mu kinyejana cya 8, bubarizwa i Vatican ndetse kandi budashobora kwinjirwamo, kwegerwa nuwo ari we wese utari Papa uriho. Izina secret archives ryashyizweho hagamijwe kwereka isi yuko ubwo bubiko ntawundi bwagenewe utari nyir’ubutungane [papa], ndetse kabone niyo yaba afite ikibazo icyaricyo cyose […]

“Soulmate” indirimbo nshya ya Mudandi Frank

Mudandi Frank, ubusanzwe akaba witwa Ndamyirokoye Franà§ois nyuma yo gusohora indirimbo zirimo iyitwa “Ni Miss” yasohoye iyitwa “ Soulmate”. Aganira na bwiza.com yatangaje ko iyo ndirimbo yayikoreye by’umwihariko abakundana dore ko “Soulmate” bisobanura umukunzi nyawe wo mu byiza n’ibibi. Yagize ati “Ni indirimbo nakoze kugira ngo ishimishe abafite abakunzi bamwe b’ukuri batagira uburyarya. Muri make […]

Nyuma ya Davido, Diamond nawe mu nzira zihagarika umuziki burundu

Mu minsi ishize nibwo umuhanzi Davido yatangaje ko agiye guhagarika umuziki ubwo aza yujuje imyaka 30 dore ko ubu afite 25 akayoboka izindi nzira, kuri ubu Diamond Platnumz nawe yatangaje ko ari kwitegura guharika umuziki agashyira imbaraga muzindi business(ibikorwa by’ubucuruzi). Nkuko Nairobi News ibitangaza ngo Diamond ari munzira zo guhagarika umuziki kuko atakora umuziki mpka […]

Nyabihu: Gitifu w’umurenge yatunguranye ubwo yagaragaraga mu ruhame yikoreye inkwi

Umunyamabanga Nshingabikorwa w’Umurenge wa Muramba mu Karere ka Nyabihu, Ngandu Marcel, yagaragaye mu muhanda yikoreye umutwaro w’inkwi bigaragara ko yari yakiriye umucecuru, ibintu byatangaje bikanatungura abantu bamubonye. Uwo muyobozi ngo yahuye n’umukecuru wo mu kigero cy’imyaka 80 yikoreye umutwaro w’inkwi,agenda asukuma mu nzira intege zashize, aramwakira arazimutwaza amugeza iwe mu rugo. Ngandu Marcel wari utashye […]

Niba urangiza vuba,dore ibiribwa byagusha kongera igihe umura utera akabariro

Gutera akabariro ni igikorwa gisaba kugitegura gusa hari benshi kijya gikoza isoni mu gihe barangije (gusohora) aribwo bagitangira igikorwa nyirizina ibi bikaba bigira ingaruka mbi zirimo no kutanyurwa n’igikorwa hagati yabari kugikora niyo mpamvu Bwiza.com yagerageje kubakusanyiriza nkuko lifestyle ibivuga ngo hari bimwe mu biribwa bifasha umugabo ufite ikibazo cyo kurangiza vuba mu gihe atera […]