Amagambo ya Tom Ndahiro nta mwanya afite muri gahunda zanjye- Ingabire Victoire
Umunyapolitiki Ingabire Umuhoza Victoire atangaza ko ibyo umushakashatsi akaba nâumusesenguzi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Tom Ndahiro amuvugaho nta mwanya bifite muri gahunda zâibikorwa bye. Mu nyandiko yasohoye mu kinyamakuru ku wa 24 Nzeri 2018, Tom Ndahiro  avuga ko Ingabire Victoire adakwiye kwitwa umunyapolitiki, ko ahubwo  akwiye kwitwa umugore wâubugome. Mu kiganiro ku murongo wa telefoni […]
T.I nâumugore we ntibakirara ku buriri bumwe
Umuraperi T.I nâumugore we umuraperi we witwa Tameka Harris bakunze kwita Tiny ntibarara ku buriri bumwe nkâumugore nâumugabo. Tiny yatangarije Hollywoodlfe ko we n’umugabo we babanye neza ariko ko batarara mu nzu imwe. Ati â Ni byo turi abashakanye kandi tubanye neza. Ntiturara mu nzu imwe. Kamere zacu zirenze kuba twarara mu nzu imwe. Abandi […]
Felix Tshisekedi aratangirira ibikorwa byo kwiyamamaza mu Mujyi wa Goma
Kuri uyu wa Kabiri, itariki 04 Ukuboza 2018, Felix Tshisekedi, umukandida mu matora yâumukuru wâigihugu ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza muri Congo, aratangirira ibikorwa bye byo kwiyamamaza I Goma muri Kivu yâAmajyaruguru nkâuko byatangajwe na Vital Kamerhe, umuyobozi wâibikorwa byo kwiyamamaza bya perezida wâishyaka UDPS. Vital Kamerhe, Perezida wâishyaka UNC (Union pour la Nation Congolaise), yari […]
Tanzania: Impunzi zâAbarundi mu Nkambi ya Nduta zikomeje kwikanga Imbonerakure
Impunzi zo mu nkambi yâimpunzi ya Nduta muri Tanzania ziravuga ko zimaze zibona abantu bane bitwaje imbunda muri iyi nkambi iyo ziri mu marondo ya ninjoro yasabwe nâabayobozi bâinkambi kuva uyu mwaka watangira. Aba bantu ngo bagaragaye mu bihe bitandukanye nâiminsi mu byumweru bibiri bishize, muri village ya 19muri zone ya 9, aho impunzi ziba […]
Nyamasheke: Biyemeje guhangana nâikibazo cyâimirire mibi batera ibiti byâimbuto ku mashuri
Mu guhangana nâikibazo cyâimirire mibi ikigaragara mu bana babo, ubuyobozi bwâakarere ka Nyamasheke bwafashe ingamba zo gukangurira buri kigo cyâishuri kugira ibiti byâimbuto zinyuranye ziribwa. Bamwe mu baturage bâaka karere bavuga ko kuba ibiciro byâimbuto bihanitse, ari kimwe mu bishobora gutera igwingira ryâabana babo bato, ubuyobozi bukavuga ko kigiye kubonerwa igisubizo kirambye. Byagarutsweho ubwo kano […]
Diamond yagaragaye bwa mbere mu ruhame n'uwo bagiye kurushinga-Amafoto
Umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzania, umaze iminsi avugwaho kuba mu rukundo n’umunyakenyakazi witwa Tanasha, bombi bagaragaye bwa mbere bari kumwe mu ruhame. Diamond na Tanasha Oketch bagaragaye bari kumwe ubwo uyu mukobwa yajyaga kumwakira mu mpera z’icyumweru gishize ku kibuga cy’indege kitiriwe Kenyatta (Jomo Kenyatta International Airport) i Nairobi muri Kenya, aho uyu muhanzi yari […]
Igisirikare cya Amerika gifite ibirindiro byinshi muri Afurika kurusha ibyo cyemera
Urubuga The Intercept rwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri iyi week-end rwashyize ku karubanda inyandiko zihishura ibirindiro bya gisirikare iki gihugu gifite muri Afurika, aho zigaragaza ko hari byinshi kurusha ibyo igisirikare cya Amerika cyemera, byiganje mu bice bikunze kurangwamo iterabwoba. Kurwanya iterabwoba ryâabahezanguni bâAbasilamu nibyo shingiro rya AFRICOM ikigo gishinzwe ibikorwa bya […]
Nizeye gukurwaho ibyaha gusa niteguye ibyaba byose- Diane Rwigara
Umunyapolitiki Diane Rwigara avuga ko afite icyizere ko azahanagurwaho ibyaha byose aregwa gusa akemeza ko yiteguye ibizava mu isomwa ryâurubanza rwe kuwa Kane wâiki cyumweru. Biteganyijwe ko kuwa 6 Ukuboza 2018  Diane Rwigara nâumubyeyi we Adeline Rwigara bazasomerwa imyanzuro nâurukiko rukuru mu Rwanda. Mu rubanza rwabo ruheruka, ubushinjacyaha bwasabiye Diane nâumubyeyi we igihano cyâimyaka 22 […]
Kinshasa: Ambasade ya Amerika yongeye gufungura imiryango nyuma yâicyumweru ifunze
Nyuma yâicyumweru Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika I Kinshasa ifunze imiryango kubera kwikanga ibitero byâiterabwoba, kuri uyu wa Kabiri, itariki 04 Ukuboza irongera gufungura. Itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa mbere kuri facebook ya ambasade, rivuga ko kuri uyu wa kabiri, ambasade iribuze kongera kwakira abaturage bakeneye serivisi zayo ariko hagendewe kuri rendez-vous. […]
Ruhango: Abafite ubumuga barasabwa kubyaza umusaruro amahirwe Leta yabahaye
Mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wâabafite ubumuga mu karere ka Ruhango , ababufite basabwe kubyaza umusaruro amahirwe bafite cyane cyane ngo ayo Leta yabahaye ntibahore bategereje gufashwa no guterwa inkunga ahubwo bagaharanira ko batera imbere bakikura mu bukene. Karuta Eric umwe mu bafite ubumuga bo mu murenge wa Kinazi avuga ko bagifite imbogamizi zo […]
Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome
Umushakashatsi akaba nâumusesenguzi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Tom Ndahiro, mu nyandiko ye, avuga ko Ingabire Victoire adakwiye kwitwa umunyapolitiki, ahubwo ko akwiye kwitwa umugore wâubugome. Ni mu nyandiko yasohoye mu kinyamakuru ku wa 24 Nzeri 2018, aho abanza kugaragaza ko mu banyamahanga ba mbere banditse bishimira gufungurwa kwa Ingabire ngo ari âinkoramutima zâInterahamweâ. Abo, ni […]
Umukomando kabuhariwe wâAbatalibani yarashwe na Amerika
Indege itagira umupilote (Drone) ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yishe umukomando ukomeye wâAbatalibani mu Majyepfo bwa Afuganistani. Uyu mukomando wari uzwi ku izina rya Mullah Abdul Manan, yari umwe mu barwanya Leta ya Afuganistani, ngo akaba yicanwe nâabandi bane bari kumwe muri Distrikte ya Nawzad, mu ntara ya Helmand. Nkâuko VOA ibitangaza, ngo amakuru […]
Ngiye gukora ibirenze- Umutoza Unai Emery
Umutoza wâikipe ya Arsenal, Unai Emery ubwo yari amaze gutsinda ikipe ya Tottenham, yatangaje ko wari umukino wihariye ndetse ko agiye gukora ibirenze ibyo yakoze muri uwo mukino. Ni umukino wa Shampiyona yo mu Bwongereza, wabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 2 Ukuboza 2018, urangira ikipe ya Arsenal inyagiye ibitego bine, kuri bibiri bya Tottenham. […]
Sindwaye meze neza- Prof. Lwakabamba avuga ku byavuzwe ko yeguye k'ubuyobozi bwa RSID
Uwahoze ayobora Ishyirahamwe Nyarwanda rigamije Iterambere Rirambye, RISD, Prof. Silas Lwakabamba arahakana ibyatangajwe nâibinyamakuru byo mu Rwanda ko ngo yeguye ku buyobozi bukuru bitewe nâuburwayi. Prof. Lwakabamba avuga ko ibyavuzwe nâibi bitangazamakuru atari byo kuko ngo we yeguye kuri uyu mwanya kuwa 5 Kamena 2018 kandi ko yatanze ibaruwa yâubwegure bwe ikakirwa. Abinyujije ku rukuta rwe […]
Ubusambanyi mu bapadiri, ikibazo gihangayikishije cyane Papa Francis
Papa Francis yavuze ko abihayimana bakora imibonano mpuzabitsina n’ab’igitsina kimwe ari “ikibazo gikomeye cyane” avuga ko kimuhangayikishije. Ayo magambo akubiye mu kiganiro ku muhamagaro w’abihayimana, yagiranye n’umupadiri wo muri Espanye. Icyo kiganiro kikaba ari kimwe mu bigize igitabo byitezwe ko uyu mupadiri asohora kuri uyu wa mbere tariki ya 3 Ukuboza 2018. Papa Francis yavuze ko […]
Ese Nkurunziza yaba yazuye dosiye yâurupfu rwa Ndadaye ngo yihorere ku bamurwanya?
Nyuma yaho bamwe mu bari abasirikare bakomeye mu gisirikare cyâu Burundi bafungiwe, Leta yâu Burundi ikaba yasohoye nâimpapuro zita muri yombi abandi bantu 17 bashinjwa kugira uruhare mu rupfu rwa Perezinda Melchior Ndadaye, bamwe babifashe nkâiturufu Leta yitwaje kugira ngo icecekeshe abatavuga rumwe nayo. Abasirikare bane batawe muri yombi ndetse baranafungwa, mu mpera zâicyumweru gishize […]
Minisitiri Busingye yikomye abasenateri bo muri Amerika
Minisitiri wâ Ubutabera mu Rwanda, Johnston Busingye yamaganiye  kure abasenateri bo muri Amerika basaba ikurwaho ryâibyaha biregwa Diane Rwigara avuga ko badakwiriye kwivanga mu mikorere yâinzego zâubutabera zo mu gihugu cye. Umuyobozi wungirije wâitsinda ryâabademokarate muri Sena ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Dick Durbin mu minsi mike ishize yasabye Leta yâu Rwanda kurekura Diane […]
RDC: Inyeshyamba 12 zishwe, batatu ba FARDC batwarwa nâumugezi
Ku Cyumweru tariki ya 2 Ukuboza 2018, ingabo za Congo/Kinshasa, zatangaje ko zishe inyeshyamba 12 Mai-Mai, FNL na She Hassan ariko nâabasirikare batatu batwara nâumugezi. Izi nyeshyamba ngo zishwe mu bitero simusiga byakozwe iminsi ibiri, mu ishyamba ya Majaga riri mu bilometero 80 uvuye i Mboko, Teritwari ya Fizi, muri Kivu yâAmajyepfo. Itangazo ryashyizweho umukono […]
Twageze mu Rwanda tuboshye, twumvaga ari ugupfa- Abavuye muri FDLR
Abageze mu Rwanda nyuma yo kwitandukanya na FDLR bavuga ko abagabo bageze mu Rwanda baboshye amaboko bityo bakaba barumvaga ko bashobora kwicwa. Mu batahuka  harimo abari abarwanyi ba FDLR, umutwe wâinyeshyamba zirwanya Leta yâu Rwanda ndetse nâimiryango yabo. Abari gutahuka muri iyi minsi, ni abaturuka mu nkambi ya Kisangani. Biyongereye ku batahutse mu cyumweru gishize baturuka […]
Ndatwite, umusore twaryamanye yanyigaramye ambwira ko atazi gutera inda- NKORE IKI?
Nitwa Chantal, mfite imyaka 23, maze imyaka ibiri ndangije segonderi nkaba ntuye mu karere ka Nyanza, nkaba ntwite inda yâamezi atandatu ariko umusore twaryamanye yanteye utwatsi ambwira ko atazi gutera inda. Mungire inama kuko uwo musore twamenyanye nkirangiza kwiga segonderi ubwo twakoranaga ibiraka mu mushinga wakoraga ibarura mu turere dutandukanye, dukundana gutyo biza kurangira urukundo […]
Rusizi: Abaturage barataka kwamburwa na REG yangije ibyabo mu ikorwa ry'umuyoboro w'amashanyarazi
Abaturage bagera kuri 53 bo mu tugari twa Kangazi, Kamanyenga, Gitwa na Rugabano mu murenge wa Nkanka mu karere ka Rusizi baravuga bambuwe na REG , bakaba bamaze imyaka 6 bangirijwe ibyabo nâikorwa ryâamashanyarazi yaciye muri utu tugari twabo, bamwe muri bo bakishyurwa, abandi amaso yaheze mu kirere bityo bakibaza impamvu bo batishyurwa kandi nâibyari […]
Rwamagana: Yanizwe anaterwa ubuhiri nâuwo yatesheje gusambanira ku karubanda
Mu ijoro ryo kuwa gatandatu rishyira ku cyumweru tariki ya 2 ukuboza, mu murenge wa munyiginya umuturage yanizwe byo guhera umwuka , anaterwa ubuhiri mu rubavu. Uwamunize ngo ni uwo aherutse guhururiza irondo, ubwo yasambaniraga ku rubaraza rwâakabari, abana bashungera. Ni mu mudugudu wâIsangano, akagari ka Binunga mu murenge wa munyiginya, mu kabari kâuwitwa Gashirabake […]
RDC: Lt Col. Mabiala yakatiwe igifungo cya burundu azira ibyaha byibasiye inyokomuntu
Umusirikare mukuru mu ngabo za Congo, FARDC, yakatiwe igifungo cya burundu no guhita atabwa muri yombi nyuma yo kumuhamya ibyaha byibasiye inyokomuntu yakoreye muri Teritwari ya Kalehe mu 2013. Ni icyemezo cyafashwe nâurukiko rwa gisirikare rwa Kivu yâAmajyepfo kuwa 29 Ugushyingo uregwa adahari. Lt. Col. Mabiala Ngoma Alma, yahamijwe ibyaha byibasiye inyokomuntu birimo gufata ku […]
Imyambarire idasanzwe mu gitaramo cya Yvan Buravan -Amafoto
Umuhanzi ukunzwe na benshi hano mu Rwanda Yvan Buravan umaze imyaka itatu yinjiye mu muziki ku munsi w’ejo tariki 1 Ukuboza 2018 yamuritse umuzingo (Album)we wambere yise The Love Lab ibirori byitabiriwe n’ubwiganze bwabakobwa bambaye imyenda idasanzwe ndetse n’ibyamamare byahano mu Rwanda. Mu bantu benshi bitabiriye iki gitaramo harimo umwe mu bagore bagezweho hano mu […]
Zari Hassan yasubije abifuza ko ava mu nzu ya Diamond abamo muri Afurika yâEpfo
Umunyemarikazi Zari Hassan, akaba ari nyina wâabana babiri yabyaranye nâumuhanzi Diamond Platnumz yananiwe kwihangana asubiza abamukurikirana ku mbuga nkoranyambaga bashaka ko asohoka mu nzu ya Diamond iri muri Afurika yâEpfo. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Zari yavuze ko adashobora gusohoka muri iyi nzu, kuko we nâabana be baguriwe iyo nzu ngo bayibemo. Yavuze ko […]
Misiri: Umukinnyi wa filimi , Rania Youssef, ashobora gufungwa imyaka 5 azira imyambarire
Umukinnyikazi wâamafilimi wo mu gihugu cya Misiri muri Mutarama azatangira kwiregura mu rukiko azira kwambara ikanzu ibonerana mu ruhame ubwo yari yitabiriye muri iki cyumweru Iserukiramuco rya cinema rya Cairo (Cairo film festival). Rania Youssef yagaragaye ubwo iri serukiramuco ryasozwaga kuwa Kane ushize yambaye ikanzu yirabura ariko ibonerana amaguru ye nâamatako byose bigaragara. Ibi rero […]
Ubukungu bwâu Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka â IMF
Ikigega Mpuzamahanga cyâImari (IMF) kiratangaza ko ubukungu bwâu Rwanda bwitezweho kuzamuka ku rugero rwa 7.2% muri uyu mwaka, bivuye kuri 6.1% mu mwaka wabanje. Impuzandengo yo kuzamukaho yari yitezwe ni 8.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018, ariko kugenda gahoro kwabaye mu gihembwe cya kabiri kwatumye hategenywa kuzamuka kwâubukungu ku rugero rwa 7,2% muri uyu […]
U Rwanda rwanze kwitabira imikino ya EALA i Bujumbura
U Rwanda ntirwitabiriye imikino yâinteko ishinga amategeko ya EAC ku nshuro ya 9 igomba kumara iminsi 10 yatangiye kuri uyu wa Gatandatu, itariki 01 Ukuboza I Bujumbura. Umuvugizi wa EALA, Bobi Odiko yabwiye Chimpreports dukesha iyi nkuru ko u Rwanda rutitabiriye iyi mikino. Ati: â U Rwanda nta ruri mu Burundi .â Yongeyeho ko u […]
RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni
Ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo zifatanyije nâiza Monusco, kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki 30 Ugushyingo, zaburijemo igitero cyâinyeshyamba za ADF mu gace ka Boikene, mu Mujyi wa Beni, aho amakuru aturuka mu gisirikare avuga ko hafashwe imbunda nâamasasu byâuyu mutwe. Hari ahagana saa moya zâijoro ubwo FARDC na brigade ishinzwe gutabara byihuse […]
Burera: Hamenwe amaduzene asaga 480 yâinzoga zitemewe
Kuri uyu wa 30 Ugushyingo mu karere ka Burera mu murenge wa Rusarabuye hamenewe mu ruhame ibiyobyabwenge bitandukanye byafatiwe mu mirenge ya Cyeru, Rwerere na Rusarabuye byafashwe na Polisi kubufatanye nâabaturage. Ibiyobyabwenge byamenwe bigizwe na Litiro 296 za kanyanga,urumogi, amaduzene 169 ya chief warage, amaduzene 210 ya Blue sky,amaduzeni 38 ya kick warage, ndetse nâamaduzene […]
AMAFOTO: Ikipe ya APR FC yerekeje muri Tunisia
Ahagana saa munani na mirongo itatu zâamanywa (14:30) zo kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Ukuboza 2018, nibwo ikipe ya APR FC yinjiye mu kibuga cyâindege. Yerekeje muri Tunisia mu mukino wo kwishyura wâijonjora ryâibanze wa Total CAF Champions League izahuramo na Club Africain yo muri iki gihugu. Umutoza mukuru wa APR F, CJimmy Mulisa […]
Umuturage niwe mutungo ukomeye igihugu gifite- Min. Mbabazi
Minisitiri w’Urubyiruko , Mbabazi Rosemary avuga ko umuturage ariwe mutungo ukomeye wâigihugu byâumwihariko ko imbaraga zabo arizo ziri ku isonga mu kugiteza imbere. Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 1 Ukuboza 2018, ubwo hatangizwaga mu Burasirazuba gahunda â Imiyoborere Twifuzaâ , hanakorwa umuganda wo gutunganya inzuri mu rwego rwo kunoza serivisi z’ubworozi. Ku bufatanye […]
RDC: Abagore babiri bakuwe mu menyo yâinyeshyamba mu gace kiswe akâurupfu
Ubuzima bwâabagore babiri bwatabawe nâingabo za Leta ya Congo (FARDC) zifatanyije nâiza Monusco nyuma yâumwaka urenga bari bamaze barashimuswe nâinyeshyamba za ADF, zikomoka muri Uganda. Aba bagore barokowe mu ntangiriro zâiki cyumweru ubwo izi ngabo zari zashyize hamwe imbagara, zigaba ibitero simusiga mu bice bya Eringeti, Kamango na Mbau, muri Teritwari ya  Beni, mu Ntara […]
Niba ukora imibonano mpuzabitsina incuro zirenze 5 ku munsi, dore ibyago wikururira
Mu busanzwe ku mugabo cyangwa umugore, gukora imibonano mpuzabitsina ni byiza kuko bifite akamaro ku buzima, ariko iyo ikozwe nabi, ku rugero rukabije cyangwa se kuyikorana nâabantu batandukanye, bigira ingaruka ku buzima. Ubushakashatsi bwakozwe bwerekanye neza ko gukora imibonano mpuzabitsina ku kigero gikabije bishobora guteza nyirubwite ibibazo. Gutakaza amazi yâingenzi mu mubiri Abahanga bemeza ko […]
CNLG: Hagiye gukorwa ubushakashatsi ku miryango yazimye mbere yo Kwibuka ku nshuro ya 25
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yâIgihugu Ishinzwe kurwanya Jenoside, CNLG, Dr. Bizimana Jean Damascene avuga ko hagiye gukorwa ubushakashatsi ku miryango yazimye byâumwihariko mu turere 11 two mu gihugu twari dusigaye kuko ahandi bwamaze gukorwa. Dr. Bizimana yabitangarije Abadepite bagize Komisiyo yâUbumwe bwâAbanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside. Dr Bizimana ati: ùâŹĆž Uturere tugeze kuri 11 […]
Amb. Nduhungirehe aribaza impamvu Amerika irajwe ishinga na Diane Rwigara
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâUbubanyi nâAmahanga, Ubutwererane nâUmuryango wâIbihugu bya Afurika yâIburasirazuba, Amb. Olivier Nduhungirehe aribaza uburyo abasenateri bifata bagatabariza Diane Rwigara mu gihe ku zindi ngingo zâubuzima bwâigihugu cyâu Rwanda baba bicecekeye. Umuyobozi wungirije wâitsinda ryâabademokarate muri Sena ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Dick Durbin mu minsi mike ishize yasabye Leta yâu Rwanda […]
Burundi: Urutonde rwâabantu 17 bashakishwa nâubutabera kubera iyicwa rya Ndadaye
Ibiro byâumushinjacyaha mukuru wâu Burundi byasohoye impapuro zo guta muri yombi abantu 17 barimo abasivili benshi nâabahoze mu gisirikare bakurikiranweho uruhare mu iyicwa rya Melchior Ndadaye, perezida wa mbere wâu Burundi watowe mu matora ya demokarasi mu 1993 akicwa nyuma yâamezi makeya agiye ku butegetsi. â Bashobora kuba baragize uruhare muri iki cyaha, mu kugitegura, […]
Ibintu 10 ushobora kuba utari uzi kuri Tanasha Donna uri mu munyenga wâurukundo na Diamond
Tanasha Donna ni umukobwa utangiye kuvugwa cyane mu itangazamakuru vuba, nyuma yaho umuhanzi wo muri Tanzania, Diamond Platnumz atangarije ko amukunda. Dore ibintu 10, ushobora kuba utari umuziho: 1.Azwi ku mazina ya Tanasha Donna Oketch, akaba ari umukobwa wâubwiza nâuburanga wâimyaka 23 yâamavuko. 2.Tanasha Donna ni umunyamakuru muri Kenya akaba nâumunyamideli 3.Tanasha Donna afite amaraso […]
RDC: Abayobozi bemeye ko impungenge za Ambasade ya Amerika zo guterwa zifite ishingiro
Abayobozi ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo nabo bemeje ko impungenge zâibitero byâiterabwoba zatumye Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika iba ifunze imiryango guhera kuwa Gatandatu ushize zifite ishingiro. Mu ntangiriro zâiki cyumweru, umuvugizi wa Guverinoma ya Congo yavuze ko abayobozi ba Amerika bakomeje gushyira guverinoma mu mwijima ndetse akibaza niba izo mpungenge zo […]
Ntungamo/ Uganda: Â Abanyarwanda barashinjwa ubujura bwâinka
Abanyarwanda bakora imirimo iciriritse benshi bita âabapagasiâ bakorera mu Karere ka Ntungamo bagiye gushyirwa hamwe kugira ngo abatagira ibyangombwa basubizwe iwabo kuko ngo ari bo ba nyirabayazana wâubujura bwâinka nâibindi bikorwa byâumutekano muke muri aka karere. Uhagarariye Perezida Museveni muri aka Karere ka Ntungamo, RDC George Bakunda, mu nama yabaye ku wa Kabiri tariki ya […]
Perezida Kabila yatangaje icyo azakora nyuma yo kuva ku butegetsi
Perezida Joseph Kabila wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, atangaza ko umunsi azaba yavuye ku butegetsi azaguma mu gihugu cye. Aganira nâikinyamakuru Le Soir cyo mu Bubiligi, Perezida Kabila yatangaje ko nyuma yâamatora ateganyijwe ku wa 23 Ukuboza 2018, nta byo kujya mu biruhuko mu mahanga, ahubwo ko azaba ahugiye mu mirima nâamatungo bye. Yagize […]
U Bwongereza: Hazanywe uburyo bwo kuburira abahinzi b'Abanyafurika
Abashakashatsi bo mu Bwongereza batangije uburyo bwo kuburira abahinzi bo muri Afurika ngo ibihingwa byabo bitangirika. Ni uburyo buhuza amakuru ajyanye n’udusimba twibasira imyaka n’amakuru ajyanye n’iteganyagihe ndetse n’uburyo bw’imashini za mudasobwa. Nuko abahinzi bakohererezwa ubutumwa kuri telefone zigendanwa kugira ngo bafate ingamba zikwiye zijyanye no kurinda ibihingwa byabo. Byizewe ko ubwo buryo buzongera umusaruro […]
EAC: Hamenyekanye igihe inama yâabakuru bâibihugu yasubitswe izabera
Nyuma yâaho perezida wâu Burundi, Pierre Nkurunziza yangiye kwitabira inama ya 20 yâabakuru bâibihugu bigize umuryango wa EAC yari iteganyijwe kuri uyu wa 30 Ugushyingo, abandi bakuru bâibihugu bari bayitabiriye bahisemo gusubika iyi nama ahanini yagombaga kwibanda ku bibazo byâu Burundi bayimurira mu mpera zâuku kwezi kwa 12. Guhangana hagati ya Perezida Nkurunziza nâumuryango wa […]
Burera: Polisi yafashe amaduzeni 200 y'amashashi yinjizwaga mu gihugu magendu
Polisi yâu Rwanda ishami rishinzwe kurwanya magendu kuri uyu wa Kane tariki 29 Ugushyingo 2018 yafashe uwitwa Kamanzi Bosco ufite imyaka 23 ukekwaho gucuruza amashashi atemewe mu gihugu. Kamanzi yafatanywe amaduzeni 200 yâamashashi, afatirwa mu murenge wa Gahunga mu karere ka Burera arimo kuva mu gihugu cyâabaturanyi yinjira mu Rwanda. Umuvugizi wa Polisi yâu Rwanda […]
Burundi: Hatanzwe impapuro zo guta muri yombi uwahoze ari Perezida
Umushinjacyaha mukuru mu gihugu cyâUburundi, Sylvestre Nyandwi yatanze impapuro zita muri yombi uwahoze ari Perezida wâiki gihugu, Maj. Pierre Buyoya kubera uruhare akekwaho mu rupfu rwa Perezida Melchior Ndadaye. Buyoya kuri ubu ni intumwa nkuru yâUmuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu gace ka Sahel na Mali. Araregwa hamwe nâabandi basaga 19 barimo abahoze mu gisirikare […]
Polisi yâu Rwanda irakebura abambuka umuhanda bari kuri telefoni kandi bagenda amatereka mfizi
Polisi yâIgihugu (RNP) irakebura abaturage bambuka umuhanda bavugira kuri telefoni kandi  bagenda buhoro nk’abagendera inka. Ni mu gihe abantu benshi ahanini bo mu Mujyi wa Kigali bagiye  bamagana iyi myitwarire ya bamwe mu banyamaguru kuko ishobora gushyira ubuzima mu kaga. Ibinyujije ku rukuta rwayo rwa twitter, Polisi isaba abashoferi kubahiriza nâabanyamaguru kubahiriza amategeko yâumuhanda mu […]
Fabregas avuga ko nta kipe yari yamugeraho imurambagiza
Cesc Fabregas wâimyaka 31 yâamavuko ukomoka muri Espagne, ubu akaba akinira ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza, avuga ko mu gihe amasezerano ye abura igihe gito, nta kipe yari yamugeraho kumurambagiza. Aganiraga nâitangazamakuru ku wa Kane tariki ya 29 Ugushyingo 2018, ubwo Chelsea yari imaze kunyagira ibitego bine kuri zero ikipe ya PAOK, Fabrigas yabajijwe […]
Amahirwe ya Chris Brown kuri Rihanna akomeje kuyoyoka
Umuhanzi Chris Brown akomeje kubura amahirwe yo kuba yakongera gukundana na Rihanna bitewe nâuko uyu mukobwa yongeye gukururana nâumusore Jameel Hassan bari baratandukanye muri Nyakanga 2018. Abantu ba hafi na Chris Brown bavuga ko nyuma yâamakuru yasakaye kuwa 26 Ugushyingo avuga ko Rihanna na Hassan bari basohokanye, Chris Brown yahise atakaza icyizere. Imwe mu nshuti […]
EAC: Kubura kwâu Burundi kwatumye inama yâabakuru bâibihugu isubikwa
Inama ya 20 yâabakuru bâibihugu bigize umuryango wa EAC yari iteganyijwe kuri uyu wa Gatanu, itariki 30 Ugushyingo, yasubitswe nyuma yâaho abahagarariye u Burundi banze kuyitabira mu gihe abakuru b’ibindi bihugu bari bahageze. Ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru kiravuga ko iyi nama yasubitswe Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, ari nawe chairman wa EAC, yamaze kugera […]
Ubucuruzi bwâumusaruro wâibirayi bweguriwe amakoperative yâabahinzi bâibirayi
Umwe mu myanzuro yafatiwe mu nama yabereye mu Karere ka Musanze mu mpera zâicyumweru gishize yari igamije kuganira kâubucuruzi bwâibirayi mu Turere twa Burera, Musanze, Nyabihu na Rubavu no gufata ingamba zâigihe kirekire zâuburyo bwarushaho kunozwa n’uko ubucuruzi bwâumusaruro wâibirayi bwakwegurirwa amakoperative yâabahinzi bâibirayi. Iyi nama yayobowe na Minisitiri wâUbutegetsi bwâIgihugu, Prof Shyaka Anastase, yitabiriwe […]
Igitsina cya Diamond cyitwaye nabi mu ruhame- AMAFOTO
Umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzania yahuye nâuruva gusenya, ubwo yari imbere yâimbaga afotorwa, igitsina cye kigafata umurego. Ku wa Kane tariki ya 29 Ugushyingo 2018, nibwo Diamond nâitsinda ryâabahanzi bo muri Wasafi barimo mushiki Queen Darleen, Harmonize,âŠBasesekaye mu mujyi wa Iringa muri Kenya, aho bagomba gukorera ibitaramo serukiramuco, bahanzwe amaso nâimbaga. Diamond wari wambaye […]
Kampala: Hafashwe babiri bambaye gisivili bagendanaga imbunda bari kuri moto
Igipolisi cya Uganda kuri station ya polisi yo ku muhanda wa Kira yataye muri yombi abagabo babairi bagenderaga kuri moto bambaye gisivili bose bafite nâimbunda. Abafashwe ni Elias Elibu na Charles Emeru bafatiwe ku muhanda wa Bukoto nâitsinda ryâabapolisi bayobowe na Komanda wa Kira Road Police, SP Micheal Kasigire. Aba bombi bakaba bafatanywe nâimbunda ebyiri. […]
U Budage: Indege yari itwaye Angela Merkel yagiriye ikibazo mu kirere
Umuyobozi wâu Budage, Angela Merkel ntabwo aza kuba ari mu muhango wo gutangiza inama y’ibihugu 20 bya mbere mu bukungu ku isi bizwi nka G20 ibera muri Argentine, nyuma yaho indege ye itegetswe kugwa imaze akanya gato ihagurutse mu murwa mukuru Berlin. Ibiro bye byatangaje ko indege Madamu Merkel n’intumwa ayoboye barimo yageze amahoro ku […]
Si mba nshaka no guhura n'inkuru zimuvugaho – Nizzo avuga kuri Safi
Nizzo ukunze kwiyita Kaboss(izina ry’irihimbano), ni umwe mu baririmbyi bagize itsinda rya Urban Boyz ahamya ko bidakunze kumuzamo ndetse aba atifuza guhura n’inkuru zivuga kuri mugenzi we Safi Madiba bahoze baririmbana mu itsinda rimwe akaza kubiyomora ho umwaka ushize. Mu kiganiro yagiranye na Isimbi tv yatangaje ko Safi nk’umuntu wafashe umwanzuro wo kuva mu itsinda […]
RDC: Hatangajwe isozwa ryo gucyura abahoze muri FDLR nâifungwa ryâinkambi zari zibacumbikiye
Inama nkuru yâubwirinzi (Conseil SupĂ©rieur de la DĂ©fense) ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje isozwa ryâigikorwa cyo gucyura abahoze ari abarwanyi bâumutwe wa FFDLR ndetse nâifungwa ryâinkambi zose zâagateganyo zari zibacumbikiye nâabo mu miryango yabo, iboneraho gushimira FARDC ku kazi yakoze. Perezida Joseph Kabila wa Congo, akaba na Perezida wâInama yâIgihugu yâUmutekano, kuri uyu […]
Ninigisha umwana ntariye, na we atariye ireme ryâuburezi rizava he?- Ingabire Victoire
Aya ni amagambo asubirwamo nâumunyapolitiki Ingabire Victoire, avuga ko yaganiriye nâabarimu bakamutangariza ko bafite ibibazo byâimibereho, aribaza aho ireme ryâuburezi ryava mu gihe bitaravugutirwa umuti. Hashize amezi abiri Ingabire Victoire afunguwe ku mbabazi zâumukuru wâigihugu, avuga ko agamije gufatanya nâabandi Banyarwanda mu kubaka igihugu, akaba anagaruka ku kibazo cya mwarimu gihora mu itangazamakuru, aho bakunze […]
Polisi ikomeje guhiga no gukura ku isoko amavuta ya mukorogo
Polisi yâigihugu iravuga ko ibikorwa byo gufata amavuta atukuza amaze kumenyekana nka mukorogo birimo gutanga umusaruro . Ni ibikorwa byatangiye kuwa Mbere ku bufatanye bwa minisiteri yâubuzima, Ikigo cyâigihugu gishinzwe imiti nâimirire, Urwego rwâubugenzacyaha, RIB nâikigo cyâigihugu cyâubuziranenge, RSB. Kugeza ubu hamaze gufatwa amavuta, amasabune yo gukaraba nâibindi byo kwitukuza bigera mu 5606 nkâuko byatangajwe […]
Tattoo nshya Irene Uwoya yashyize munsi yâikibuno iri kuvugisha benshi
Umukinnyi wa filimi wo mu gihugu cya Tanzania, Irene Uwoya, wamenyekanya nka Oprah akamamara cyane mu Rwanda kubera nyakwigendera Katauti Hamad babanye bakanabyarana, yongeye kuvugisha abatari bacye ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kugaragaza tattoo nshya yâimbunda yo mu bwoko bwa pistol yashyize ku kibero cye ahagana inyuma munsi yâikibuno. Kuri uyu wa Gatatu ushize, nibwo […]
Tanzania: Igipolisi kishe abasore batandatu barimo Umurundi nyuma yo kurasana
Igipolisi cya Tanzania kuri uyu wa Kane, itariki 29 Ugushyingo kishe kirashe abasore batandatu bitwaje imbunda barimo Umurundi nyuma yo guhangana. Amakuru dukesha SosMediasBurundi aravuga ko kurasana byabereye muri kamwe mu turere tugize umurwa mukuru wa Tanzania, Dar es Salaam. [penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”grid” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”] Biravugwa ko […]
Nyamasheke: Amadini n'amatorero arasabwa kongera ingufu mu bikorwa by'ubumwe n'ubwiyunge
Abaturage bo mu Murenge wa Kirimbi, mu karere ka Nyamasheke barasaba amadini nâamatorero kugaragaza byinshi mu bikorwa bishimangira ubumwe nâubwiyunge kugira ngo isanamitima ribashe kuhashinga imizi. Ni bimwe mu byifuzo bahaye amadini nâamatorero agera ku umunani ahakorera mu giterane cyâisanamitima, ubumwe nâubwiyunge, cyateguwe nâuyu murenge ku bufatanye nâaya madini nâamatorero cyabaye mu mpera zâicyumweru gishize. […]