Umunyarwandakazi yakatiwe imyaka 40 muri Malawi

girm 8316c

Urukiko Rukuru rwa Lilongwe muri Malawi rwakatiye Gentille Giramata igifungo cy’imyaka 40 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwivugana uwahoze ari umugabo we, Noël Emile Habimana. Urupfu rwa Habimana rwabaye mu Ukwakira 2022, aho mbere byakekwaga ko yazize impanuka. Icyakora iperereza ryaje kwerekana ko atari impanuka, ahubwo ko yishwe, ndetse bikekwa ko umurambo we washyizwe mu […]

Guhererekanya imfungwa hagati ya RDC na AFC/M23 byakubise igihwereye

20260418 120426 1

Umutwe wa AFC/M23 ku wa Kabiri tariki ya 28 Gashyantare, washinje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuba yaranze kubahiriza amasezerano yo guhererekanya imfungwa impande zombi zari zimaze iminsi 10 zarasinyanye. Ku wa 17 Mata 2026 ni bwo abari bahagarariye impande zombi mu biganiro by’amahoro byaberaga i Montreux mu Busuwisi, banzuye ko mu gihe […]

USA: Uwahoze ayobora FBI yashinjwe gutera ubwoba Trump

download 2

Uwahoze ari umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha muri Amerika (FBI), James Comey, yashinjwe guhungabanya ubuzima bwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ikirego gikomoka ku ishusho yasangije akanya gato abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga. Ishusho yashyizwe kuri Instagram umwaka ushize yerekanaga ibizwi nka nka seashells (bimwe bivamo ibinyamunjongo) byakoze imibare “86 47”. “Mirongo inani […]

Ingabo z’u Rwanda n’izindi bakorana zakiriye umuyobozi mushya wa UNMISS

HHA1debXMAA

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), bafatanyije n’ingabo zituruka Bangladesh, u Bushinwa, Ethiopia na Nepal, kuri uyu wa Kabiri bakiriye  mu birori bya gisirikare birimo akarasisi, Madamu Anita Kiki Gbeho, Umuyobozi Mukuru mushya wa UNMISS akaba ari nawe Ntumwa Nkuru ihagarariye Umunyamabanga Mukuru wa Loni mu butumwa bw’ amahoro […]

Paris: Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA PSG yatsinzemo Bayern Munich

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yitabiriye umukino wa mbere wa kimwe cya kabiri cya UEFA Champions League i Paris, aho ikipe ya PSG yamamaza Visit Rwanda yatsinze Bayern Munich. Muri uyu mukino wabereye kuri stade ya Parc des Princes i Paris, ikipe ya PSG yatwaye igikombe giheruka cya […]

Gushinga umutwe witwara gisirikare wo kurinda amabuye y’agaciro: Amerika yanyomoje RDC

P202512004DT 0266

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahakanye ko hari inkunga y’amafaranga zateye umutwe witwara gisirikare washinzwe na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo uzajye urinda ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro muri iki gihugu. Ku wa Mbere tariki ya 27 Mata ni bwo Urwego Rushinzwe Ubucukuzi bw’Amabuye y’agaciro muri RDC (IGM), rwatangaje ko hamaze gushingwa […]

Ndayishimiye yahinduye ba Minisitiri 3

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yakoze impinduka muri Guverinoma y’iki gihugu zasizeho ahinduye ba Minisitiri batatu. Iteka rya Ndayishimiye ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28 Mata, ryerekana ko Evelyine Butoyi wari umaze igihe ari Ambasaderi w’u Burundi mu bihugu bya Zambia, Angola, Malawi na Zimbabwe yagizwe Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho. Butoyi wanigeze kuba umuvugizi […]

Djugu: Abasirikare 3 ba FARDC bishwe inkambi yabo iratwikwa

FARDC OFF

Inkambi ya gisirikare y’Ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) yatwitswe kandi abasirikare batatu bicirwa mu mirwano yabaye hagati ya FARDC n’umutwe wa Convention pour la Révolution Populaire (CRP) i Pimbo, muri Teritwari ya Djugu, ku birometero birenga 50 uvuye muri Bunia. Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, ngo imirwano kuri uyu […]

Kuki Trump yashyize imbaraga mu gutuma amakuru ku biremwa bitazwi mu kirere atangazwa?

impaka ziracyari ndende ku hantu ibivejuru byaba biherereye niba bibaho koko 5c56d

Mu gihe isi ikomeje gutangarira inkuru z’ibintu biguruka bitazwi (Unidentified Aerial Phenomena – UAP), Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangiye kugaragaza ubushake bwo gusohora amwe mu makuru yari yarabitswe mu ibanga rikomeye. Ibi byatangiye gukomera mu gihe cy’ubutegetsi bwa Donald Trump, aho bamwe babifata nk’intambwe igana ku “biremwa byo hanze y’isi”, abandi bakabibona nk’igikorwa cya […]

Athens: Igipolisi kiri guhiga umusaza w’imyaka 89 warashe abantu ku rukiko

d600b678 5f0a 4a35 9918 021b12e7ddf5 mhie beltel online urn newsml pressassociation io 8723e66d 8c8b 40dc b711 50321c4945ac featureimage

Igipolisi cyo mu Bugereki kirimo gushakisha umuntu witwaje imbunda, bivugwa ko afite imyaka 89, warasiye ku kigo cy’ubwiteganyirize no ku rukiko, rwagati mu murwa mukuru, Athens, akomeretsa abantu benshi. Kuri uyu wa Kabiri, nibwo abapolisi mu murwa mukuru w’u Bugereki barimo gushakisha umuntu witwaje imbunda warasiye ku kigo cy’ubwiteganyirize no ku rukiko, akomeretsa abantu benshi […]

Amerika: Urutonde rw’abayobozi bakuru birukanwe rukomeje kwiyongera muri Pentagon

22trump news header630p mpkt

Mu gihe Isi ikomeje guhangana n’ibibazo bikomeye by’umutekano, haba mu Ukraine, mu Burasirazuba bwo Hagati no mu karere ka Indo-Pacifique, muri Pentagon hakomeje kugaragara impinduka zikomeye aho abayobozi bakuru mu gisirikare n’abashinzwe ubwirinzi bakomeje gukurwa ku mirimo yabo umwe ku wundi. Aya makuru akomeje guteza impaka muri politiki ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho […]

Kinshasa: Abadepite bemeje amasezerano yasinywe hagati ya RDC n’u Rwanda

IMG 20240521 WA0019

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 27 Mata 2026, Inteko Ishinga Amategeko ya RDC yemeje ku bwiganze imishinga ibiri y’amategeko, yemeza amasezerano y’amahoro hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, ndetse n’ubufatanye mu nzego z’ingenzi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mu nteko rusange yari iyobowe na Visi-Perezida wa mbere, Jean-Claude Tshilumbayi, abadepite […]

MINALOC iremeza ko hakomeje gukorwa byinshi ngo umuturage ahabwe serivisi zinoze

HG6NTR bIAAwJ K

Kuri uyu wa Mbere, itariki 27 Mata 2026 Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) n’uturere dutandukanye baganiriye n’abadepite ku isesengura rya raporo y’ibikorwa by’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere (2024/2025), yibanze ku mitangire ya serivise mu nzego z’ibanze. Minisitiri Dominique Habimana yagaragaje ko hakomeje gukorwa byinshi kugira ngo serivise zihabwa umuturage zirusheho kumunogera harimo: -Gushyiraho Sisiteme ‘Imibereho’ ikusanyirizwamo amakuru ku […]

Kinshasa/AFC-M23: Igihe ntarengwa cyo kugurana imfungwa cyarenze nta gikozwe

HG OqShbEAATXZa

Iminsi icumi nyuma y’amasezerano yo ku itariki ya 17 Mata 2026 hagati ya Kinshasa na AFC/M23, nta mfungwa z’intambara zafatiwe ku rugamba ku mpande zombi zarekuwe. Igihe ntarengwa cyemeranijweho cyarenze, nubwo Amerika, Qatar, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, na Togo babigizemo uruhare ngo bishyirwe mu bikorwa. Nyamara, Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga uhoraho wa AFC/M23 akaba n’umuntu […]

Ibyo CG Namuhoranye yaganiriye n’umuyobozi wa Polisi ya Singapore 

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, ari kumwe n’Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Col (Rtd) Pacifique K. Kabanda na Ambasaderi w’u Rwanda muri Singapore, Innocent Muhizi, ku wa Mbere bagiranye ibiganiro n’Umuyobozi wa Polisi ya Singapore, How Kwang Hwee. Ibiganiro byibanze ku “gushimangira ubufatanye, guteza imbere ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu gipolisi no guhangana n’ibyaha […]

Impanuka y’indege muri Sudani y’Epfo yishe abantu 15

df0d48d0 4251 11f1 ac78 2112837ce2aa.jpg

Indege nto itwara abagenzi yakoze impanuka muri South Sudan ihitana abantu 15 bose bari bayirimo, nk’uko byatangajwe n’urwego rushinzwe iby’indege za gisivili muri icyo gihugu. Iyi ndege yari ivuye mu mujyi wa Yei yerekeza mu murwa mukuru Juba, urugendo rungana n’ibilometero hafi 130. Yahagurutse saa tatu n’iminota 15 za mu gitondo, ariko abashinzwe kugenzura indege […]

Ese Alliah Cool yateye gapapu Mutesi Jolly kwa Lugumi?

markup 611365

Amakuru ari kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga agaragaza impinduka zikomeye mu mubano w’ibyamamare bitatu. Mutesi Jolly na Saidi Lugumi bombi ntibagikurikirana kuri Instagram, ibintu byakuruye ibitekerezo byinshi mu bakoresha izi mbuga. Ibi bibaye nyuma y’uko Saidi Lugumi agaragaje ku mugaragaro amarangamutima afitiye Alliah Cool, aho yamwise “rukundo rwanjye” mu gitekerezo yashyize ku ifoto ye. Uyu […]

Umwami n’umwamikazi b’Ubwongereza bari kwa Trump

1777343679668

Umwami Charles III ari kumwe n’umwamikazi Camilla batangiye uruzinduko rw’iminsi ine muri Amerika, aho bakiriwe na Perezida Donald Trump n’umugore we Melania Trump muri White House. Uru ruzinduko ni urwa mbere rw’umwami w’u Bwongereza muri Amerika kuva mu 2007, igihe Queen Elizabeth II yaherukaga kuhagirira uruzinduko nk’uru. Uru ruzinduko ruje mu gihe umubano hagati ya […]

Abasirikare ba Israel bashinjwa gukorana n’ubutasi bwa Iran: Ikibazo gikomeje guhungabanya umutekano w’igihugu

678020

Inzego z’umutekano za Israel zatangaje ko abasirikare bamwe bo mu ngabo z’icyo gihugu bamaze gushyikirizwa inkiko, bashinjwa gukorana n’ubutasi bwa Iran, mu gihe amakimbirane hagati y’ibihugu byombi akomeje gufata indi ntera. Amakuru aheruka gutangazwa agaragaza ko abasirikare babiri bo mu ngabo zirwanira mu kirere (Air Force) bashinjwa kuba barakoranye n’inzego z’ubutasi za Iran mu gihe […]

Twifuza ko habaho imvururu zituma Abahutu bahunga: Admiral Herteleer w’Umubiligi abwira Gen Kabarebe

Admiral Willy Herteleer wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bubiligi, yigeze kugira Abanyarwanda inama yo kwirwanaho bakareka gutega amaso abazungu, kuko ntacyo bashobora kubamarira. Yabibwiye Umujyanama Mukuru mu by’Umutekano muri Perezidansi ya Repubulika, Gen (Rtd) James Kabarebe, ubwo yari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Admiral Willy Herteleer yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo […]

Akurikiranweho gusambanya abakobwa ku gahato abizeza akazi

csm ukekwaho gusambanya abakobwa 2 947f18543b

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Habarurema Jean D’amour ukurikiranyweho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato abakobwa batandukanye abizeza akazi. Iperereza ryagaragaje ko ukurikiranweho, yabaga ku rubuga rwa WhatsApp rwitwa ‘shaka umukunzi’ hakaba haranacishwaga amatangazo y’akazi n’abagakeneye. Uyu igihe yabonaga umukobwa wanditse muri uru rubuga avuga ko akeneye akazi, yacaga mu gikari bakavugana akamubeshya ko akazi ashaka yakamuboneye […]

Umunyamerika James Swan yahishuye ibyo yaganiriye na AFC/M23 i Goma

20260427 163128

Umuyobozi mushya w’ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), James Swan, yatangaje ko mu uruzinduko aheruka kugirira mu mujyi wa Goma rwasize agiranye na AFC/M23 igenzura uwo mujyi ibiganiro byibanze ku gushyira mu bikorwa imyanzuro y’Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro n’Umutekano no gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge. Ku wa Gatanu tariki […]

RURA yategetse Canalbox guha indishyi abakiliya bagizweho ingaruka na serivisi mbi zayo 

images 7

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) kuri uyu wa Mbere rwatangaje ko rwafatiye ibihano ikigo GVA Rwanda Ltd (Canalbox), nyuma y’iminsi abakiliya bacyo bataka guhabwa serivisi mbi. RURA ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko ibihano yafatiye kiriya kigo byafashwe hashingiwe ku ngingo ya 269 y’Itegeko No. 24/2016 rigenga Ikoranabuhanga ry’Itumanaho mu Rwanda, kubera kudakurikiza amabwiriza byakomeje. […]

Kenya: Ambasade y’u Rwanda yatangije gahunda yo kwigisha abana Ikinyarwanda n’umuco

Mu rwego rwo guteza imbere no gusigasira ururimi n’umuco Nyarwanda, Ambasade y’u Rwanda muri Kenya yatangije gahunda yo kwigisha abana ururimi rw’Ikinyarwanda n’umuco. Aya masomo azajya atangwa buri wa Gatandatu ku Biro bya Ambasade, aho abana bazajya biga kuvuga, gusoma no kwandika ururimi rw’Ikinyarwanda no kubyina Kinyarwanda. Icyiciro cya mbere cy’ishuri ry’ururimi n’umuco kigizwe n’abana […]

DC Clement yasabiwe gufungwa iminsi 30

000a9710.jpg 46e7b

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement mom yaburanye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo asaba kurekurwa by’agateganyo, mu gihe akurikiranyweho ibyaha birimo guteza imvururu, kurwanya ububasha bw’amategeko no gukorera urugomo abayobozi. Ubushinjacyaha buvuga ko ibi byabaye nyuma y’uko ubuyobozi bw’Umurenge wa Jabana bugiye gusenya inyubako y’amashuri yubatswe nta byangombwa. Bwavuze ko DC Clement yageze aho […]

Loni igomba gukora amavugurura, guhinduka cyangwa igapfa – Fernanda Espinosa

0ffd413cf6ec4417864337cce15a6c1b

María Fernanda Espinosa, uvugwa nk’umuntu ushobora gusimbura Umunyamabanga Mukuru, António Guterres, aravuga ko Loni Umuryango w’Abibumbye ukwiye “kwisubiraho” mu gihe hakomeje kugaragara impinduka zikomeye muri politiki mpuzamahanga. Perezida w’ihuriro ry’Imijyi ry’Umuryango w’Abibumbye (UN’s Cities Alliance), María Fernanda Espinosa, yatangaje ko Umuryango w’Abibumbye ugomba gukora “amavugurura, guhinduka cyangwa ugupfa” mu gihe ku Isi hakomeje kugaragara impinduka […]

Kenya: Hatangiye ubujurire ku iyeguzwa ry’uwahoze ari visi perezida

Gachagua court

Kuri uyu wa Mbere, umuyobozi w’ishyaka riharanira demokarasi (DCP) yageze mu nkiko, aherekejwe n’umugore we Dorcas Rigathi, abahungu be bombi n’itsinda ry’abanyamategeko be. Biteganijwe ko iki kibazo kizaburanishwa imbere y’inteko y’abacamanza batatu barimo Erick Ogolla, Anthony Mrima, na Freda Mugambi, bitezweho ko bazatanga amabwiriza ku byifuzo byinshi bitegereje kandi bakumva impaka ku bujurire ku iyeguzwa […]

Peteroli: Umutima w’ubukungu n’intambara mu Burasirazuba bwo Hagati

oil rig 86

Mu butayu bwagutse bwuzuyemo amariba y’umutungo kamere, mu burasirazuba bwo Hagati bukomeje kuba igicumbi cy’ubukungu bw’isi n’isoko y’amakimbirane akomeye. Amavuta ya pétrole si isoko y’amafaranga gusa ku bihugu byo muri aka karere, ahubwo yabaye intandaro y’ihangana rya politiki, ububanyi n’amahanga n’intambara zimaze imyaka myinshi. Peteroli: Umutima w’ubukungu bw’akarere Ibihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati bifite […]

RDC yashinze umutwe w’ingabo zo kurinda amabuye y’agaciro

20260427 091814

Urwego rushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere ruratangiza umutwe witwara gisirikare wo kurinda ibirombe, kubahiriza amategeko abigenga, no gukurikirana neza amabuye y’agaciro abivamo. Rafael Kabengele ukuriye ikigo gishinzwe ‘mine’ yavuze ko uwo mutwe ari igitekerezo cya Perezida Félix Tshisekedi mu ntego ze zo kuvugurura uru rwego no […]

Yahawe ikarita itukura ahita arwana

0 Screenshot 2026 04 27 at 061205

Mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya kabiri muri Espagne wahuje Real Zaragoza na SD Huesca, habaye imvururu zikomeye mu minota ya nyuma zatumye umukino urangira mu kajagari. Umunyezamu wa Zaragoza, Esteban Andrada, yahawe ikarita itukura nyuma yo gusunika umukinnyi wa Huesca mu minota y’inyongera. Icyakora, n’ubwo yari amaze guhabwa ikarita itukura yo kumusohora mu kibuga, […]

USA: Hatangajwe imyirondoro y’umugabo wagerageje kwica Trump

photo

Umugabo watawe muri yombi nyuma yo kurasa muri hotel aho abanyamakuru bakorana n’ibiro bya Perezida wa Amerika bari bateraniye basangira na Donald Trump ku wa Gatandatu nijoro yatangajwe ko ari umwalimu witwa Cole Tomas Allen. Uyu mugabo w’imyaka 31 yigisha mu ishuri ryisumbuye, aba mu gace ka Torrance mu Mujyi wa Los Angeles muri Leta […]

Indege rutura y’u Bubiligi yageze i Burundi ijyanyeyo izindi ntwaro

93276128 atlas

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aremeza ko ku Cyumweru tariki ya 26 Mata, iki gihugu cyongeye kwakira intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare cyohererejwe n’u Bubiligi. Ni ibikoresho byagejejwe ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cyitiriwe Melchior Ndadaye cy’i Bujumbura, bitwaye n’indege rutura ya gisirikare yikorera imizigo ya Airbus A400M Atlas. Amasoko ya BWIZA mu Burundi yemeza […]

Ruhango: Abarwanashyaka ba Green Party bibukijwe amahame yayo (Amafoto)

IMG 20260426 WA0021

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda) kuri iki cyumweru ryibukije abarwanashyaka baryo bo mu karere ka Ruhango amahame n’ingengabitekerezo rigenderaho. Ni mu nama n’amahugurwa iri shyaka rimaze igihe riha abarwanashyaka bahagarariye abandi ku rwego rw’akarere, mu rwego rwo kubategura ngo bazajye guhugura bagenzi babo ku rwego rw’imirenge. Umuyobozi […]

Burundi: Perezida Ndayishimiye yatorewe kuba umukandida wa CNDD-FDD mu matora ya 2027

HGrXP8kXsAAVzEQ

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatorewe muri Kongere idasanzwe y’ishyaka kuba umukandida w’ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu 2027. Ni nyuma y’inama ya Komite nkuru y’ishyaka CNDD-FDD yateraniye mu Ntara ya Gitega kuwa 24 na 25 Mata 2026. Umunyamabanga Mukuru  w’Ishyaka CNDD-FDD, Reverien Ndikuriyo, mu ijambo ry’ikaze yamenyesheje abarwanashyaka ko […]

Minisitiri w’Ingabo wa Mali yiciwe mu gitero cy’ibyihebe

Abajihadiste bo mu mutwe w’iterabwoba wa kisilamu wa JNIM, ukorana n’umutwe wa al-Qaeda, bavuze ko ari bo bari inyuma y’ibitero byagabwe ku bufatanye n’umutwe w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi w’Aba-Tuareg, wa Front de libération de l’Azawad (FLA), ku birindiro bitandukanye by’ingabo za leta. Minisitiri w’ingabo, Sadio Camara, yiciwe mu gitero cy’ikamyo yari itezemo ibisasu yagonze inzu ye […]

Akarere ka Nyamagabe ku mwanya wa kabiri mu kugira imiryango myinshi yishwe ikazima muri jenoside

HGwV dzbgAAKW9V

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr. Bizimana J. Damascene, kuwa Gatandatu, itariki 25 Mata 2026, yifatanyije n’abatuye Akarere ka Nyamagabe, mu Ntara y’Amajyepfo, mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 32. Mu kiganiro yatanze, yagaragaje ko iyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro ari imwe mu ho Jenoside yakorewe Abatutsi yakoranwe ubukana n’uburemere buhambaye, aho Akarere […]

Tchad: Abayobozi b’amashyaka 8 batawe muri yombi

IMG 20251101 WA0246 1080x654 1

Muri Tchad, abaperezida umunani b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bafatiwe i Ndjamena kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki ya 25 Mata, nta mpamvu yemewe cyangwa icyemezo cyo kumuta muri yombi. Bose ni abanyamuryango b’itsinda ryo kugishanya inama ry’abanyapolitiki (Gcap), ihuriro ry’imitwe ya politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi n’abahagarariye sosiyete sivile. Itabwa muri yombi rya mbere ryabaye kare […]

Gen (Rtd) Kabarebe yasangije abiga igisirikare ubunararibonye ku rugamba rwo kubohora igihugu

Mu gusoza urugendoshuri ku mateka y’Urugamba rwo Kubohora igihugu rwakozwe na RPA, abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya RDF bagiranye ikiganiro n’abayobozi bakuru ba gisirikare ku cyicaro gikuru cya RDF i Kimihurura, bagamije kurushaho gusobanukirwa amateka yo kubohora u Rwanda. Abo banyeshuri bagejejweho ikiganiro na Gen (Rtd) James Kabarebe, Umujyanama Mukuru mu by’Umutekano […]

Minembwe: Ibitero bya drones byibasiye Gakenke n’ibice bihegereye

efront 4 Drone 202409070115582531 H@@IGHT 307 W@@IDTH 551

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 25 Mata 2026, hagati ya 9h15 na 12h00, ingabo z’ihuriro ry’ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero by’urugomo bitigeze bibaho mu bice bituwe cyane bya Gakenke muri Minembwe nk’uko byatangajwe n’umutwe wa AFC/M23 mu itangazo ryawo. Iri tangazo rivuga ko “Ibi bikorwa, byaranzwe no gukoresha indege zitagira abaderevu za kamikaze, drones […]

CTTC MAYANGE: Abarenga 1600 basoje amahugurwa y’ibanze yihariye mu gucunga umutekano

csm WhatsApp Image 2026 04 24 at 17.37.14 1 560f9f383f

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ibikorwa (DIGP), CP Vincent Sano, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Mata, yasoje ku mugaragaro icyiciro cya kane cy’amahugurwa y’ibanze y’ibikorwa bya Polisi byihariye mu gucunga umutekano (Basic Police Special Forces course 04/2026). Ni amahugurwa yari amaze amezi atatu (3), abera mu kigo cya Polisi gitangirwamo […]

Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma y’amasasu yarasiwe ahantu yari ari

69ed647e9e1ec.preview

Biravugwa ko amasasu yarashwe mu gihe Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yari yitabiriye gusangira n’abanyamakuru i Washington mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, itariki ya 25 Mata, aho abatangabuhamya n’abanyamakuru ba AFP bavuze ko muri hotel humvikanye urusaku rwinshi rw’amasasu. Abashyitsi bari bambaye karuvati b’Abanyamakuru bakorera kuri White House ‘birutse bajya […]

U Burundi bwamaze kwakira drone za mbere bwemerewe n’u Bubiligi 

3c6e0fe4 5e65 45dd b62b c77c885ec58d

U Burundi bwamaze kwakira drone zibarirwa muri 500 ndetse n’ibindi bikoresho bya gisirikare, nk’uko amakuru agera kuri BWIZA abyemeza. Ni ibikoresho Gitega yemerewe na Bruxelles ngo bizifashihwe mu mugambi wo gutera u Rwanda ibihugu byombi bihuriyeho. Muri iki cyumweru ni bwo BWIZA yatangaje ko kugira ngo uriya mugambi ugende neza, u Burundi bwemerewe ibikoresho birimo […]

Umuyobozi mushya wa MONUSCO yasuye ‘FDLR zitegura koherezwa mu Rwanda’

20260425 140153

Umuyobozi mushya w’ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, James Swan, kuri uyu wa Gatandatu yasuye abo bivugwa ko ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR bahurijwe mu kigo cya Mubambiro, mbere y’uko boherezwa mu Rwanda. Abarwanyi Swan yasuye ngo ni abemeye ubusabe bw’ingabo za FARDC zabasabye kurambika intwaro hasi bakazishyikiriza, kugira […]

Umuti Perezida Kagame abona wavura ibibazo byo muri RDC n’akarere

55228789455 cd942ddc61 o 83cd3

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko kugira ngo ibibazo by’umutekano muke n’amakimbirane yugarije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’akarere k’Ibiyaga Bigari bikemuke, hakenewe kwita ku mpamvumuzi ya buri kimwe. Umukuru w’Igihugu yabitangarije i Chantilly mu Bufaransa, aho yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku miyoborere n’iterambere (WPC). Mu kiganiro yatangiye muri iyi nama, yavuze ko ibibazo byugarije RDC […]

Ibirindiro byinshi by’ingabo za FAMA byagabweho ibitero

mali military 3

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Mata, mu bice bitandukanye biri hafi y’umujyi wa Bamako wo muri Mali humvikanye urusaku rwinshi rw’amasasu, nyuma y’ibitero byagabwe ku birindiro by’ingabo za kiriya gihugu. Televiziyo ya TV5 Monde yatangaje ko uduce twagabwemo ibitero turimo aka Kati gaherereye mu bilometero 15 uvuye i Bamako, aka […]

FERWAFA yahannye uwaroze Rayon Sports 

edf5aed29ab12c9c373b535fc2a86f

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko ryafashe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo Imurora Japhet na Ndatimana Olivier, nyuma yo gukekwaho imyitwarire inyuranyije n’amahame agenga ruhago. Nk’uko iri shyirahamwe ryabitangaje, iki cyemezo gishingiye ku mategeko agenga imyitwarire y’abakora mu mupira w’amaguru, aho aba bombi bakekwaho ibikorwa bishobora guhungabanya ubunyangamugayo bw’imikino. Ku ruhande rwa Ndatimana Olivier, […]

Amerika yakajije igihano cy’urupfu

AFP 20260417 2271698765 v1 MidRes PresidentTrumpDeliversRemarksInLasVegas 1777059930

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump bwatangaje ko bugiye kongera no kwagura uburyo bukoreshwa mu gushyira mu bikorwa igihano cy’urupfu ku rwego rwa leta. Ibi byatangajwe ku wa Gatanu tariki ya 24 Mata, aho Minisiteri y’Ubutabera yavuze ko hagiye kongerwamo uburyo bushya burimo kuraswa n’imbunda, gukoresha amashanyarazi ndetse no gukoresha […]

Amato mato ya Iran ari kwandika amateka mashya mu ntambara zo mu bunigo bwa Hormuz

AA21e4YI

Mu gihe amakimbirane akomeje gukaza umurego hagati ya Irani n’ibihugu by’ibihangange, hari intwaro idasanzwe iri kwerekana imbaraga mu buryo butunguranye: amato mato yihuta azwi nka “flotte moustique”. Aya mayeri ari gutuma uburyo bwo kurwana mu nyanja, cyane cyane mu bunigo bwa Hormuz, bukurikiranwa cyane. Amato mato, imbaraga nini Mu gihe ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe […]

Lt. Gen Sikatenda yashyinguwe nk’umusivile

20260425 081627

Kera kabaye Lieutenant Général Sikatenda Shabani wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashyinguwe nyuma y’umwaka urenga wari ushize yarapfuye. Ku wa 22 Mata ni bwo uyu mugabo yashyinguwe mu gace yakomokagamo ka Fizi, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Icyakora nk’abandi basirikare, Sikatenda ubwo yashyingurwaga ntiyigeze ahabwa icyubahiro cya gisirikare, ahubwo […]

BK yashoye arenga Frw miliyari 3 muri Shampiyona y’u Rwanda 

Urwego rwa Rwanda Premier League rutegura shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda na Banki ya Kigali, ku wa Gatanu bashyize umu umukono ku masezerano y’imikoranire afite agaciro ka miliyari 3,2 Frw. Aya masezerano yasinywe bigizwemo uruhare na Perezida w’Inama y’Ubuyobozi ya Rwanda Premier League, Mudaheranwa Yussuf; Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr. Diane Karusisi […]

Museveni yashimagije Gen. Muhoozi

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yashimagije imfura ye akanaba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ubwo yamwifurizaga isabukuru nziza y’amavuko. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Mata 2026, ni bwo Gen. Muhoozi yizihije isabukuru y’imyaka 52 y’amavuko. Museveni abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko ashima Imana kuba we n’umugore […]

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 317 batashye bava muri RDC

HGrGsWzWUAAab 3

Kuri uyu wa Gatanu, ku mupaka munini wa La Corniche OSBP, u Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 317 batashye bava muri RDC aho bakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Nzabonimpa Déogratias. Mu butumwa yabahaye yababwiye ko gutaha bakava muri RDC bakaza mu gihugu cyabo ari intambwe ikomeye bateye mu rugendo batangiye rwo kwiteza […]

Goma: Umuyobozi wa MONUSCO yasabye guhagarika ibitero bya drones

HGqlKnCXUAAq1GT

Umuyobozi mushya wa MONUSCO, James Swan, yasabye kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 24 Mata 2026, guhagarika ikoreshwa ry’indege zitagira abadereva mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. James Swan yatangarije ibi mu Mujyi wa Goma, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu ruzinduko rwe rwa mbere muri uyu mujyi ubarizwamo inzego zitandukanye z’umutwe wa […]

Agahenge muri Congo: inzira y’amahoro cyangwa igihe cyo kwitegura indi mirwano?

1773053096299

Mu gihe ibiganiro by’amahoro bikomeje hagati ya Leta ya Congo n’umutwe wa AFC/M23, ikibazo cy’iyubahirizwa ry’agahenge gikomeje guteza impaka no kwitana ba mwana ku mpande zombi. Nubwo hari intambwe zigaragara mu ruhando mpuzamahanga, ku rugamba ho haracyagaragara ibimenyetso by’uko aka gahenge gashobora gusenyuka igihe icyo ari cyo cyose. Mu minsi ishize, ibiganiro byahuje ubuyobozi bwa […]

Umuyobozi mushya wa MONUSCO yageze i Goma bwa mbere

HGqWomtW8AApDUc

Umuyobozi wa MONUSCO, Umunyamerika, James Swan, kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 24 Mata 2026, mu Mujyi wa Goma, Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru ugenzurwa n’inyeshyamba za AFC M23. Yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma mu gitondo cya kare nk’uko amakuru dukesha Kivu Morning Post avuga. Yageze i Goma nyuma yo kunyura Beni […]

Trump ntazatera Iran akoresheje intwaro kirimbuzi 

1776928295827

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko igihugu cye kitazigera gikoresha intwaro kirimbuzi mu gutera igihugu cya Iran, nubwo mbere yari yaravuze amagambo akomeye yerekeye gusenya burundu umuco n’ubuzima by’icyo gihugu. Ibi Trump yabivuze ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 23 Mata 2026, mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri White […]

Minembwe: Drones za FARDC zibasiye Kaminuza ya Eben-Ezer na Radio Ngoma ya Amani

Capture

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo cyagabye ibitero bya bombe kuri Kaminuza Eben-Ezer (UEMI) y’I Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 22 Mata 2026. Amakuru aturuka aha hantu, ibitero bishya bya drones za FARDC byibasiye inyubako za Kaminuza ya Eben-Ezer ya Minembwe (UEMI), iya Radio Ngoma ya Amani […]