Intara ya Los Angeles yemeye kwishyura umugore wa Kobe Bryant miliyoni hafi 29$ nyuma yo kuyitsinda mu rubanza

Intara ya Los Angeles yemeye kwishyura miliyoni hafi 29 z’amadorari umupfakazi w’icyamamare muri NBA, Kobe Bryant, nyuma y’uko abapolisi basangije amashusho y’impanuka ya kajugujugu yamuhitanye mu myaka ibiri ishize . Bryant n’umukobwa we Gianna bapfiriye hamwe n’abandi barindwi igihe indege yagwaga mu gace ko muri Los Angeles. Umugore we, Vanessa Bryant, yareze, avuga ko abatabaye […]

Masisi: M23 ntiyorohewe n’urugamba rw’umunsi

Umutwe witwaje intwaro wa M23 ntabwo worohewe n’urugamba rwo kuri uyu wa 28 Gashyantare 2023 rwakomereje muri teritwari ya Masisi hafi y’umujyi wa Sake. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko uyu munsi, M23 yaherukaga gufata ibice bya Mushaki na Rubaya yiriwe iraswaho n’indege za kajugujugu, Sukhoi-25 ndetse n’ibifaru by’igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo […]

Indi tariki M23 yahawe yo kurekura ibice yafashe yageze

Indi tariki umutwe witwaje intwaro wa M23 wahawe ngo utangire kurekura ibice wafashe mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) yageze. Iyi tariki, iya 28 Gashyantare 2023, yemejwe n’abagaba bakuru b’ingabo zo mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) ubwo bari bahuriye mu nama i Nairobi tariki ya 9 uku kwezi. Aba […]

Inzira wakurikiza kugira ngo ugire umubano w’igihe kirerekire n’uwo ukunda

Urukundo rurakura cyangwa rugakomera mu gihe abarurimo babihaye agaciro, bagashyiramo imbaraga ndetse bagahuza umugambi mu guharanira kugera ku bintu bishya. Hari ibyo abantu bigomwa kugira ngo bigende neza kandi rurambe. Ikinyamakuru Marriage kigaragaza ibintu bitandukanye wakora kugira ngo umubano wawe n’uwo mukundana urusheho kugenda neza. Ni ibikurikira: 1. Gushyikirana/Ibiganiro byimbitse hagati y’abakundana Abakundana bumvikana neza […]

U Rwanda rwakajije ingamba zo kurinda ikirere n’imipaka yarwo ibitero bya FARDC na FDLR

Leta y’u Rwanda yamenyesheje umuryango mpuzamahanga ko yamaze gukaza ingamba zo kurinda imipaka ndetse n’ikirere cyarwo, ku mpamvu z’uko impungenge zo kuba rwahungabanyirizwa umutekano n’Igisirikare cya Congo ndetse n’umutwe wa FDLR zikomeje kwiyongera. Bikubiye mu itangazo Guverinoma y’u Rwanda yasohoye ikomoza ku makimbirane yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Kugeza ubu u Rwanda na […]

Kenya: Igitero cy’amabandi yitwaje intwaro cyavanye abaturage mu byabo

Nyuma y’iminsi mike Perezida William Ruto ategetse kohereza ingabo z’ingabo z’igihugu cya Kenya (KDF) mu turere dukunze kwibasirwa n’amabandi, kuri iki Cyumweru, itariki ya 26 Gashyantare, amabandi yitwaje intwaro yagabye igitero nijoro i Lomelo, mu Ntara ya Turkana abaturage bahunga nk’abahunga intambara . Amakuru atandukanye yagaragaje ko igitero cyatangiye iminota mike mbere ya saa sita […]

La population du Rwanda dépasse les 13 millions

La population du Rwanda est passĂ©e de 10,5 millions en 2012 Ă  13,2 millions en 2022, indiquant un taux de croissance dĂ©mographique annuel de 2,3 %, selon les rĂ©sultats publiĂ©s lors du rĂ©cent recensement de la population . Selon les perspectives, il y a 3 312 743 mĂ©nages et la taille moyenne actuelle des mĂ©nages […]

Umunyamakuru Nkundineza yatangaje ko yari yarashimuswe

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza umenyerewe mu nkuru z’ubutabera yatangaje ko mu gihe yaburirwaga irengero, yari yarashimutiwe n’abapolisi kuri hoteli iherereye mu Kiyovu, mu karere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali. Mu kiganiro yagiriye kuri Jalas Official, Nkundineza yagize ati: “Nashimuswe n’inzego z’ubutasi ziri mu gice cya Polisi. Barambwiye ngo ‘Ngwino tukubwire, turi inzego z’umutekano’. Ngo […]

Guverinoma iri gutekereza ukuntu amafaranga acibwa mu kuyahererekanya yagabanyuka

Guverinoma y’u Rwanda irimo gutekereza ku buryo bwo kugabanya amafaranga yishyurwa mu kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga, ndetse ikabikuraho mu gihe amafaranga yishyurwa atarenze amafaranga 10,000, hagamijwe kugabanya ibiciro ku bakoresha ubu buryo no kuzamura umuco wo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga . Kuri Jean-Claude Inyamibwa, utuye mu Karere ka Gasabo akaba n’umumotari, asanga kugabanya amafaranga acibwa mu kwishyura […]

Abaturage b’u Rwanda barenze miliyoni 13, abagore ni bo benshi

Ibarura Rusange rya gatanu ku baturage n’imiturire, rigaragaza ko u Rwanda kuri ubu rutuwe n’abaturage barenga miliyoni 13, biyongereyeho miliyoni zikabakaba eshatu mu myaka 10 ishize. Ni ibyavuye muri ririya barura ryakozwe muri Kanama umwaka ushize biza kumurikwa kuri uyu wa Mbere yariki ya 27 Gashyantare, ubwo haza kuba haba inama y’umushyikirano wa 2023. Imibare […]

Kenya yahaye Turukiya imfashanyo

Guverinoma ya Kenya yahaye iya Turukiya imfashanyo y’ibikoresho bigenewe abagizweho ingaruka n’umutingito wibasiye iki gihugu mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Gashyantare. Muri ibi bikoresho harimo amatente 353, amashitingi 14.245, ibiringiti 26.565, ibiryamirwa 34.705 na tapi 1.261. Byose hamwe bipimye toni 240. Ikinyamakuru Kenyans gisobanura ko Kenya yatanze iyi mfashanyo ibinyujije mu rwego rw’Umuryango w’Abibumbye rushinzwe […]

General Makenga yahishuye ikimenyetso cyatumye abategetsi muri RDC bemera ko M23 atari inyamahanga

Umujyanama wa General Makenga, Bahati Erasto, ageze ku batuye Mushaki ubutumwa yahawe

Umugaba Mukuru w’ingabo za M23, General Sultani Makenga, abinyujije mu mujyanama we Bahati Erasto, yahishuye ikimenyetso cyatumye abategetsi bo muri Repubulika ya demukarasi ya Congo barimo Perezida FĂ©lix Tshisekedi bacururuka, bakemera ko uyu mutwe witwaje intwaro atari uw’Abanyarwanda n’Abagande. Nk’uko byemejwe na Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, Bahati yahishuye iki kimenyetso ubwo yaganirizaga abaturage bo […]

Somalia: Impanuka ya kajugujugu y’Ingabo za ATMIS yahitanye 3 abandi 8 barakomereka

Abantu batatu barapfuye abandi umunani barakomereka ubwo kajugujugu yakoreshwaga n’Ubutumwa bw’Amahoro bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri Somaliya (ATMIS) yakoraga impanuka mu karere ka Lower Shabelle nk’uko byatangajwe kuri iki Cyumweru gishize . Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na ATMIS, yavuze ko kajugujugu yari itwaye abagenzi 11 barimo n’abasirikare bo mu gisirikare cya Somaliya, yari mu […]

General Kainerugaba yatangaje ko ateganya gusura ‘intwari’ Putin

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni usanzwe ari n’umujyanama we wihariye mu bikorwa byihariye by’igisirikare, General Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganya gusura intwari ye, Vladimir Putin uyobora u Burusiya. General Kainerugaba yatangaje ko nyuma y’aho azasura Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, akazajyayo gushaka uko intambara ‘y’ubusazi’ iki gihugu kimazemo umwaka yarangira. Uyu musirikare yagize ati: “Vuba […]

APR FC yumviye Lt Gen Mubarakh Muganga, inyagirira Musanze FC iwayo

fp5o0v1wcae4hfb.jpg

APR FC yanyagiye Musanze FC ihamya umwanya wa mbere mu gihe Musanze FC yo imikino ibaye 10 itazi uko intsinzi isa. Musanze FC yari imaze imikino 9 nta ntsinzi yari yakiriye APR FC imeze neza kuri Sitade Ubworoherane mu Karere ka Musanze mu mukino w’umunsi wa 21 wa shampiyona y’u Rwanda. APR FC yaje gukina […]

Nigeria: Abatora Perezida bishe umuseseri wari mu buriganya bw’amajwi

Iyi foto (screenshot) yakuwe muri videwo igaragaza abaturage bakubita umuseseri

Abaturage bo muri Nigeria bari bagiye gutora Umukuru w’Igihugu kuri uyu wa 25 Gashyantare 2023 bishe umuseseri wa komisiyo y’igihugu y’amatora wakoraga uburiganya bw’amajwi. Ikinyamakuru Sahara Reporters gisobanura ko aba baturage bakoreye urugomo mu mujyi wa Abuja, nyuma yo gusanga uyu museseri yifungiranye mu cyumba wenyine, atora umukandida uhagarariye ishyaka APC, Bola Tinubu, ku mpapuro […]

Tanzania: Perezida Samia Suluhu yagize umuraperi Mwana FA minisitiri wungirije

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yagize umuraperi Hamisi Mwinjuma, uzwi nka Mwana FA, Minisitiri wungirije ushinzwe umuco, ubuhanzi na siporo nk’uko tubikesha The Citizen . Mu ivugurura ryatangajwe kuri iki Cyumweru, itariki ya 26 Gashyantare, n’ubuyobozi bushinzwe itumanaho muri perezidansi, Mwana FA yasimbuye kuri uyu mwanya Pauline Gekul wagizwe minisitiri wungirije ushinzwe itegeko nshinga […]

Henok Mulueberhan yegukanye Tour du Rwanda 2023, Perezida Kagame amukomera amashyi

Perezida Kagame hamwe na Minisitiri wa siporo, Munyangaju

Umunya-Eritrea Henok Mulueberhan ukinira ikipe ya Green Project yegukanye Tour du Rwanda 2023 yari imaze icyumweru iba. Ni nyuma yo kwegukana agace ka 8 k’ibilometero 75.3 kavaga kuri Canal Olympia ku i Rebero, kagana i Nyamirambo, Nyakabanda, Kimisagara, Nyamirambo, Gitega, Muhima, Kanogo, Rugunga, Gikondo, gasoreza kuri Canal Olympia. Ni agace karebwe na Perezida wa Repubulika […]

Imyigaragambyo isaba guhagarika guha intwaro Ukraine yahuruje ibihumbi n’ibihumbi mu Budage

Kuri uyu wa Gatandatu,itariki 25 Gashyantare, imyigaragambyo yo kwamagana guha Ukraine intwaro zo kurwana n’u Burusiya yakusanyije abantu 10,000 mu Budage, yanenzwe n’abayobozi bakuru ba guverinoma ndetse abapolisi benshi boherezwa kugira ngo babungabunge umutekano . Iyi myigaragambyo yateguwe n’umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi, yabaye nyuma y’umunsi umwe hibutswe umwaka ushize u Burusiya buteye Ukraine, aho […]

Impanuka y’ubwato bw’abimukira mu Butaliyani yahitanye byibuze 30

Byibuze abantu 30 bapfuye nyuma y’aho ubwato bw’abimukira bwarohamye ku nkombe z’iburasirazuba bw’akarere ka Calabria mu Butaliyani, nk’uko ANSA n’ibindi biro ntaramakuru by’u Butaliyani byabitangaje kuri iki Cyumweru . ANSA yavuze ko imirambo igera kuri 27 yabonetse amazi yayitwaye ku nkombe za Steccato di Cutro, ahantu h’ibiruhuko hafi y’inyanja mu ntara ya Crotone, ndetse n’indi […]

Iran iracyashaka umutwe wa Trump, Pompeo n’abandi mu rwego rwo guhorera Gen. Soleimani

Tehran iracyashaka kwica uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, uwari uumunyamabanga wa Leta we, Mike Pompeo, n’abandi bayobozi bagize uruhare mu iyicwa rya Gen. Qassem Soleimani mu 2020, nk’uko byatangajwe kuwa Gatanu na Amirali Hajizadeh, umuyobozi w’ingabo zirwanira mu kirere za Iran . Uyu mujenerali wo hejuru yabivuze ubwo yashyiraga […]

Perezida Macron aritegura kujya gusaba u Bushinwa ubufasha bwo kurangiza intambara muri Ukraine

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje ko azasura u Bushinwa muri Mata mu rwego rwo gushaka ubufasha bwa guverinoma y’u Bushinwa mu guhagarika igitero cy’u Burusiya muri Ukraine . Ibi byatangajwe ku wa Gatandatu nyuma y’uko u Bushinwa busohoye inyandiko y’ingingo 12 busaba ko habaho guhagarika imirwano no “gukemura ibibazo bya politiki” kugira ngo amakimbirane […]

Lt Gen. Muganga yasabye APR FC gukina na Musanze FC nk’idafite undi mukino isigaje

APR FC mu myitozo ya nyuma, yitegura Musanze FC irayakirira kuri Stade Ubworoherane

Umuyobozi Mukuru wa APR FC, Lt Gen. Mubarakh Muganga, yasabye abakinnyi b’iyi kipe gukina n’aba Musanze FC nk’abadafite undi mukino basigaje inyuma. Lt Gen. Muganga yabivuze nyuma yo gukurikirana imyitozo ya nyuma ya APR FC yabereye muri Stade Ubworoherane, mbere yo gukina na Musanze FC umukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere kuri uyu wa 26 […]

Amagambo 5 ukwiye kujya ubwira umukunzi wawe buri munsi

Mu gihe uri kumwe n’umukunzi wawe, ni ngombwa cyane guhora umwereka ko umuzirikana kandi ugahozaho umubwira amagambo atuma arushaho kukwigarurira, ni muri urwo rwego hari amagambo make ushobora kubwira umukunzi wawe akarushaho kugukunda no kukwiyumvamo ndetse akanezerwa kurushaho. Twabonye aya magambo twifashishije bimwe mu bitekerezo by’impuguke mu mibanire n’umwanditsi Mata Masini ndetse n’umuvuzi w’umuryango Rachel […]

Pologne yamaze guha Ukraine ibifaru bya mbere kabuhariwe yari imaze igihe yifuza

Kuri uyu wa Gatanu, ubwo hibukwa umwaka urangiye u Burusiyaa buteye Ukraine, Minisitiri w’ingabo w’igihugu cya Pologne yavuze ko Pologne yagejeje muri ukraine ibifaru bya mbere bya Leopard 2, iki gihugu cyari kimaze igihe cyifuza ngo kibashe guhangana na Moscow . Intambara yo muri Ukraine yinjiye mu mwaka wa kabiri kuri uyu wa Gatanu kandi […]

Perezida Kagame yishimiye kumarwa umunaniro n’umwuzukuru we

Perezida wa Rebubulika, Paul Kagame, yagaragarijwe imbamutima n’Abanyarwanda ndetse n’abandi bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kubasangiza ifoto ye aganira n’umwuzukuru we. Perezida Kagame usanzwe uzwiho kugira uburyo ahuza inshingano zo kuyobora igihugu ndetse n’izo kwita ku muryango we, yashyize hanze iyi foto ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gashyantare 2023. Bigaragara […]

Rusizi/ Giheke: Bemeza ko imihanda mibi ibabera intandaro y’idindira mu iterambere

Ikigo nderabuzima cya Giheke, kuko ngo cyubatse ku ruhande cyane, abo mu bice bitagira imihanda bacyumva mu makuru

Abaturage b’umurenge wa Giheke mu karere ka Rusizi bavuga ko bakomeje kubabazwa no guhezwa mu bukene bukabije n’imihanda mibi, ngo uretse umuhanda wa Kaburimbo Rusizi-Huye ukorwaho na bake cyane muri bo, indi yose yapfapfanye, bagasaba akarere kubumva, kakabakorera nibura umuhanda umwe wabagabaniriza ubwigunge. Ni ikibazo kigaragazwa na buri muturage w’uyu murenge uvuganye n’itangazamakuru,kikanashimangirwa n’ubuyobozi bwawo, […]

Sobanukirwa impinduka umubiri ugira iyo utangiye gukora siporo buri munsi

Abahanga mu by’ubuzima bavuga uko umuntu ukora siporo buri munsi agira ubuzima bwiza ndetse kandi bikaba byamurinda kundwara indwara zitandura nka Diabete, umuvuduko w’amaraso ukabije, hakiyongeraho no guhorana akanyamuneza. Nk’uko Ucsfhealth.com dukesha iyi nkuru ibitangaza, izi ni impinduka umubiri wawe ugira mu gihe ukora siporo buri munsi. Nyuma y’umunsi umwe Mu gihe uri gukora siporo, […]

Beni: FARDC na UPDF biravuga ko byigaruriye ahari indiri ikomeye ya ADF

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) n’iza Uganda (UPDF) riratangaza ko ryamaze “kwigarurira” ikibaya cya Mwalika, cyahoze ari indiri ikomeye y’inyeshyamba za ADF muri Teritwari ya Beni . Aya makuru yatangarijwe itangazamakuru ryaho mu kiganiro n’abanyamakuru cyakiriwe n’umuvugizi w’urwo rugaga, kuri uyu wa Kane, itariki ya 23 Gashyantare 2023, nk’uko tubikesha 7sur7.cd. […]

Arusha: Gereza yafungiwemo abagize uruhare muri jenoside igiye gufungwa ku mugaragaro

Gereza y’Umuryango w’Abibumbye (UNDF) muri Arusha, yakiriye abakatiwe n’abakekwagaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu myaka yashize, igiye gufungwa . Iyi gereza y’ibyumba 89 iherereye mu yindi gereza nkuru irinzwe cyane iri mu nkengero z’umujyi wa Arusha izashyikirizwa Guverinoma ya Tanzania kuwa 28 Gashyantare. Ifunga ryayo ryerekana umusozo w’ibikorwa by’Urwego rwashyiriweho kurangiza imanza zasizwe n’Urukiko […]

Aisa Kirabo Kacyira nommĂ©e Ă  la tĂȘte du Bureau d’appui des Nations Unies en Somalie

Le SecrĂ©taire gĂ©nĂ©ral des Nations Unies, AntĂłnio Guterres, a annoncĂ© jeudi la nomination d’Aisa Kirabo Kacyira Ă  la tĂȘte du Bureau d’appui des Nations Unies en Somalie (UNSOS). La rwandaise Kacyira succĂšdera Ă  Lisa Filipetto, d’Australie, Ă  qui le SecrĂ©taire gĂ©nĂ©ral exprime sa gratitude pour son dĂ©vouement et sa direction efficace du BANUS . Mme […]

69% by’Abanyekongo nta cyizere bafitiye Ingabo za EAC mu kurandura imitwe yitwaje intwaro – Institut Ebuteli

Abenshi mu Banyekongo ntibaha amahirwe ingabo z’akarere z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ko zishobora kurandura inyeshyamba za M23 mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo . Nk’uko ubushakashatsi bwo muri Mutarama 2023 bwakozwe na Ebuteli, ikigo cy’ubushakashatsi kuri Congo, bwashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane, itariki 23 Gashyantare, mirongo itandatu n’icyenda ku ijana (69%) […]

Gicumbi: Umugore arashinjwa kwica umwana we akoresheje umugozi

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye bwa Gicumbi kwa 21 Gashantare bwakiriye dosiye iregwamo umugore w’imyaka 31 y’amavuko, ubarizwa mu Karere ka Gicumbi,Umurenge wa Ruvune, Akagari ka Gashirira, Umudugudu wa Rugerero, bumukurikiranyeho icyaha cyo kwica umwana yibyariye w’amezi atanu amunigishije umugozi . Nk’uko iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga, ngo icyaha uregwa yagikoze ku itariki 16 Gashyantare […]

Uwabaye Umuvugizi wa Perezida Ndayishimiye yagizwe Umuyobozi w’urwego rushinzwe itangazamakuru

Alain-DiomĂšde Nzeyimana wahoze ari Umuvugizi wa Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yagizwe Umuyobozi w’urwego rw’igihugu rushinzwe itumanaho n’itangazamakuru. Minisitiri w’Intebe, Gervain Ndirakobuca na Minisitiri LĂ©ocadi Ndacayisaba ushinzwe itumanaho, ikoranabuhanga n’itangazamakuru bashyize umukono ku cyemezo giha Nzeyimana iyi nshingano tariki ya 23 Gashyantare 2023. Muri uru rwego, Oscar Nzohabonayo yagizwe umuyobozi w’ishami ry’itumanaho, Aloys Hoziyo agirwa […]

Boris Johnson arasaba u Bwongereza guha Ukraine indege z’intambara zinyaruka

Boris Johnson wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza arasaba guverinoma y’igihugu cye koherereza Ukraine indege z’intambara zinyaruka kugira ngo izifashishe ihangana n’u Burusiya. Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Mark Austin wa Sky News kuri uyu wa 23 Gashyantare 2023, Boris yavuze ko n’ubwo u Bwongereza budafite indege z’indwanyi za F-16 zikorerwa muri Leta zunze ubumwe za Amerika, […]

U Rwanda mu bihugu bishyigikiye ko ingabo z’u Burusiya ziva muri Ukraine byihuse

Uko itora ryagenze mu Nteko Rusange ya UN

U Rwanda ruri mu bihugu 141 byatoye umwanzuro usaba ko ingabo z’u Burusiya zihagarika intambara zimaze umwaka zitangije muri Ukraine, zikava muri iki gihugu. Kuri uyu wa 23 Gashyantare 2023, ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye ni bwo habereye iri tora ry’Inteko Rusange rishyigikira ubusugire bwa Ukraine. U Rwanda, ibihugu byo mu muryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba […]

USA yongeye gusaba u Rwanda ‘gukura ingabo’ muri RDC

Ibiro bya Leta zunze ubumwe za Amerika bishinzwe ububanyi n’amahanga byongeye gushimangira ko u Rwanda rufite ingabo mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), bityo ko rusabwa kuzikurayo. Bigaragara mu itangazo ryo kuri uyu wa 22 Gashyantare 2023 ryashyizwe hanze n’Umuvugizi w’ibi biro, Ned Price, rikomoza ahanini ku byemezo biherutse gufatwa n’akanama k’umuryango […]

GUKOSORA: Karangwa uvugwaho guhimbira Nkundabanyanga ibyaha bya jenoside arashakishwa

Iyi foto ntabwo ari iya Karangwa Charles nk'uko twari twabitangaje, ahubwo ni iya Tuyisenge Claude

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) ruravugwaho gushakisha uwitwa Karangwa Charles uvugwaho guhimbira Nkundabanyanga Eugenie w’imyaka 82 y’amavuko ibyaha bifitanye isano jenoside yakorewe Abatutsi kandi urukiko rwaramugize umwere mu mwaka ushize. Ni nyuma yo guta muri yombi Mbarushimana Jean Pierre bikekwa ko bafatanyije icyaha cyo guhimba inyandiko, tariki ya 31 Mutarama 2023, bose bavugwa muri dosiye ya […]

Shaddyboo yasabye urubyiruko guhagurukira indwara y’agahinda gakabije

Mbabazi Chadia wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka Shaddyboo arasaba buri muturarwanda kurwanya indwara y’agahinda gakabije, kuko ngo ikomeje gufata intera mu rubyiruko. Ni ubutumwa yatanze anyomoza abamaze iminsi bavuga ko afite arwaye iyi ndwara, babishingiraga ku magambo aherutse gutangaza. Mu kiganiro n’umunyamakuru wa 3D TV, Shaddyboo yagize ati: “Hano hanze hari abantu benshi bafite agahinda […]

Le commerce entre le Rwanda et les EAU a atteint plus d’un milliard de dollars en 2022

Le commerce entre le Rwanda et les Émirats arabes unis (EAU) a atteint plus d’un milliard de dollars en 2022, soit une multiplication par dix en une dĂ©cennie, selon des responsables . La rĂ©vĂ©lation a Ă©tĂ© faite par l’envoyĂ© rwandais dans le pays arabe, l’ambassadeur Emmanuel Hategeka, le mercredi 22 fĂ©vrier, lors du Forum des […]

Beatrice Munyenyezi yongeye kwiyama umucamanza

Beatrice Munyenyezi ukurikiranweho uruhare muri jenoside yongeye kwihaniza umucamanza uyobora inteko iburanisha urubanza rwe, amushinja kubogamira ku bushinjacyaha avuga ko nta butabera yamuha . Inteko iburanisha yari yafashe icyemezo cyo kuzumva abatangabuhamya bamushinja batagaragara imbere y’urukiko. Beatrice Munyenyezi akurikiranyweho ibyaha bya jenoside no gufata abagore ku ngufu; we aburana ahakana. Kuri uyu wa Kane, urukiko […]

Emery Bayisenge yamaze gusinyira Gor Mahia yo muri Kenya

1677147301426.jpg

Myugariro mpuzamahanga w’Umunyarwanda, Emery Bayisenge, yamaze gusinyira ikipe ya Gor Mahia yo muri Kenya amasezera y’umwaka n’igice. Emery Bayisenge wari asanzwe akinira ikipe ya yamaze gusinyira ikipe ikomeye ifite igikombe cya Shampiyona muri Kenya Gor Mahia. Yasinyanye n’iyi kipe amasezerano y’amezi 18 ariko arimo indi ngingo yo kongera undi mwaka mu gihe yakwitwara neza. Bayisenge […]

Abanyamakuru 2 bakorera muri Kivu y’Amajyaruguru bari ku gitutu bashinjwa gukorera M23

Michombero avuga ko abakwirakwije ubu butumwa bashaka kumugirira nabi

Abanyamakuru babiri bakurikirana umunsi ku wundi inkuru z’urugamba rw’ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC na M23, bari ku gitutu bashinjwa gukorera uyu mutwe witwaje intwaro n’u Rwanda. Aba ni Justin Kabumba ukorana na France 24 y’Abafaransa n’ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press, na Daniel Michombero ukorera Kivu Habari. Bombi bakorera mu ntara ya Kivu […]

Menya zimwe mu mpamvu zitera umubyibuho ukabije mu bana

Muri iki gihe Isi iri gitera imbere mu buryo bwihuse, ni nako bigendana n’umubyibuho ukabije mu bana uri kwiyongera cyane kubera imirire ndetse n’ibindi bintu bitandukanye. Hari ababyeyi benshi bifuza kubona no kugira abana babyibushye, gusa iyo uyu mubyibuho urengeje urugero bishobora gutera ingaruka nyinshi mu gihe bakuze, kuko ni bwo batangira kwibasirwa n’indwara zifata […]

Cristiano Ronaldo mu myambaro gakondo n’inkota mu kiganza yifatanyije na Arabie Saoudite mu munsi mukuru

67972493-11781557-image-a-4_1677095304219.jpg

Rutahizamu Cristiano Ronaldo yagaragaye mu myambaro gakondo yo mu Burasirazuba bwo Hagati yifatanya n’igihugu cya Arabie Saoudite mu birori ngarukamwaka byo kwizihiza ishingwa ry’iki gihugu. Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Portugal na Al Nassr, Cristiano Ronaldo yafotowe yambaye igishura gakondo, afite inkota ishashagirana mu kiganza cy’iburyo ndetse yiteye ibendera ry’igihugu cya Arabie Saoudite mu bitugu mu […]

Kenya: Odinga yahaye leta ibyumweru 2 byo gukemura ikibazo cy’imibereho cyangwa igahangana n’imyigaragambyo

Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, Raila Odinga, yahaye guverinoma iminsi 14 yo kugabanya imisoro no kugabanya igiciro cy’ubuzima cyangwa igahangana n’imyigaragambyo mu gihugu hose . Odinga yabitangaje mu giterane cy’amasengesho ku rwego rw’igihugu cyabereye mu busitani bwa Jevanjee mu murwa mukuru, Nairobi, cyari cyitabiriwe n’abayoboke babarirwa mu magana, abayobozi bakuru bo mu ishyaka ritavuga […]

Imyanzuro yafatiwe mu nama y’umushyikirano iheruka

Perezida Kagame ku munsi usoza inama y'Umushyikirano iheruka

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko Inama y’Igihugu y’Umushyikirano izaba guhera tariki ya 27 kugeza ku ya 28 Gashyantare 2023, ikazabera muri Kigali Convention Center. Ni inama igiye kuba nyuma y’imyaka ibiri isubitswe bitewe n’icyorezo cya Covid-19 cyari cyugarije Isi, kidasize n’u Rwanda kuko muri Werurwe ya 2020 ni bwo umuntu wa mbere wacyanduye yagaragaye muri […]

Dubai: Irushanwa rya ‘Special force’ ya Polisi ryakomeye kurushaho

Ikipe yari itegereje ko umusifuzi ayiha uburenganzira bwo gutangira

Kuri uyu wa 23 Gashyantare 2023, i Dubai muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu (UAE) hakomeje irushanwa rya Polisi idasanzwe ryitabiriwe n’ibihugu 28 birimo u Rwanda. Uyu munsi waranzwe n’ibyiciro bitandukanye birimo: icyo kurira inyubako ndende, kuyimanuka hifashishijwe imigozi, kurasa hifashishijwe imbunda ebyiri za mudahusha (snipers), kurasa ibipimo bigera kuri 40 no kurira urukuta. Nk’uko babigaragaje […]

Israel yarashe mu Mujyi wa Gaza nyuma y’ibitero bya roketi by’Abanyapalestine

Israel yateye ibisasu mu karere ka Gaza nyuma y’uko Abanyapalestine barashe roketi nyinshi ziva mu gace kagoswe ku nkombe mu gihe hari umwuka mubi watewe n’igitero cya Israel cyahitanye nibura Abanyapalestine 11 mu mujyi wa Nablus wo muri West Bank . Ibitero mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane byohereje umwotsi wirabura uzamuka kuri kamwe […]

Manchester City yananiwe gukura itsinzi mu Budage, Lukaku agaruka atsindira Inter Milan

1_rb-leipzig-v-manchester-city-round-of-16-leg-one-uefa-champions-league.jpg

Manchester City yananiwe gukura intsinzi mu Budage mu mukino Pep Guardiola atasimbujemo umukinnyi n’umwe, Romelu Lukaku agaruka abonera Inter Milan igitego. RB Leipzig yo mu Budage yari yakiriye Manchester City ku kibuga Red Bull Arena Leipzig mu mukino ubanza wa ? cy’irangiza wasifuwe na Serdar Gozubuyuk. Ni umukino Kevin De Bruyne atakinnye kubera icyibazo cy’uburwayi. […]

Mironko yakatiwe imyaka 2 azira gusuzugura urukiko

Urukiko rw’ikirenga kuri uyu wa 22 Gashyantare 2023 rwahanishije umunyemari Mironko François Xavier igifungo cy’imyaka ibiri kirimo umwaka n’amezi icyenda bisubitse. Ni igihano gikomoka ku rubanza Mironko yaburanaga, aho yavugiye mu cyumba cy’iburanisha ko Inteko y’abacamanza iri kubogama ikamurenganya “nk’uko imaze iminsi ibigenza.” Ni amagambo ashimangira ibaruwa yandikiye urukiko rw’ikirenga. Ikinyamakuru Intego News kivuga ko […]

Eric Omondi na bagenzi be 17 baciwe amafaranga bashinjwa kugumura abaturage

Umunyarwenya Eric Omondi hamwe n’abandi bantu 17 bo mu gihugu cya Kenya bashinjwaga kugira uruhare mu kurema agatsiko katemewe, barekuwe by’agateganyo ari uko batanze amafaranga. Aba bombi bashijwa kugumura abaturage ubwo bigaragambyaga mu muhanda ujya ku Nteko Ishinga Amategeko. Byakozwe kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gashyantare 2023. Bahakanye icyo kirego, barekurwa aruko batanze ingwate […]

Dr Kayumba Christopher yagizwe umwere

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwemeje ko Dr Kayumba Christopher adahamywa icyaha cyo gusambanya ku gahato n’ubwinjiracyaha kuri iki cyaha, rutegeka ko ahita afungurwa. Dr Kayumba wabaye umwarimu muri kaminuza y’u Rwanda, umunyamakuru n’umunyapolitiki yatawe muri yombi muri Nzeri 2021, akekwaho gusambanya abakobwa babiri barimo uwari umukozi wo mu rugo rwe n’uwari umunyeshuri ye. Kuva mu […]

Menya bimwe mu biribwa biba byiza kubirya iyo bidatetse

Mu buzima busanzwe abantu benshi bafata amafunguro babanje kuyateka, gusa ariko hari impuguke mu bijyanye n’imirire zivuga ko hari ibyo kurya bitekwa kandi byagakwiye kuribwa bidatetse ndetse n’ibiribwa bidatetse kandi byakabaye byiza bibanje gutekwa. Uyu munsi twifuje kubagezaho bimwe mu byo kurya biba byiza kubirya bidatetse, twifashishije ubushakashatsi bwakozwe na Healthline.com ndetse na Ucsfhealth.org. Ibitunguru […]

Tour du Rwanda: Thomas Bonnet ni we wegukanye agace ka kane

fpj_ff0xoaillp3-2.jpg

Umufaransa witwa Thomas Bonnet ukinira ikipe ya Total Energie bihita binamuhesha kwambara umwambaro w’umuhondo nyuma yo gukandagira igare bikomeye muri metero 300 za nyuma. Agace ko kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 22 Gashyantare, kari aka Kane kahagurukiye i Musanze kerekeza i Karongi ku ntera y’ibilometero 138,3. Aka gace kagiye gutangira Umunya-Eritrea Henok Henok Muluebrhan […]

Amafoto: Uko ‘special force’ ya Polisi y’u Rwanda iri kwitwara mu irushanwa riri kubera i Dubai

Ikipe ya Polisi y'u Rwanda yari igizwe na batanu

I Dubai muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu (UAE) hari kubera irushanwa ry’abapolisi bo mu mashami asanzwe (special forces) kuva tariki ya 20 Gashyantare 2023. Ibihugu bitandukanye ku Isi byohereje abapolisi muri iri rushanwa. Harimo u Rwanda rwohereje amakipe abiri ya SWAT (Special Weapons And Tactics), Kenya, Libya, Afurika y’Epfo, Angola, Brazil, Chile, Leta zunze ubumwe […]

Uko umuririmbyikazi Jully Black yahinduye ijambo mu ndirimbo yubahiriza igihugu cya Canada

Ubwo umuririmbyi w’Umunyakanada, Jully Black, yajyaga ku rubyiniro ngo aririmbe indirimbo yubahiriza igihugu cye ku mukino wa NBA all-star ku Cyumweru, yagaragaye nk’ufite ubwoba burenze uko yari asanzwe abikora ariko avuga ko “Nari mfite ibanga .” Ubwo yari kuri Salt Lake City stadium, yari agiye guhindura amagambo y’indirimbo, aho kuvuga: “our home and native land” […]