France: Ubushinjacyaha bwatangiye gukurikirana Umunyarwanda ushinjwa kwica umupadiri

611e5521aee23_13233968-sjtqrparcoursmeurtrie-00-00-19-07-5428503.jpg

Nyuma y’umwaka urenga atawe muri yombi ashinjwa kwica umupadiri w’Umufaransa, umwimukira w’Umunyarwanda, Emmanuel Abayisenga, yashinjwe ku mugaragaro n’umushinjacyaha w’u Bufaransa . Kuri uyu wa Gatanu ushize, nibwo umushinjacyaha wa leta muri La Roche sur Yon yatangaje ikirego kirega Emmanuel Abayisenga icyaha cyo kwica umupadiri w’Umufaransa, Olivier Maire, wakubiswe kugeza apfuye muri Kanama umwaka ushize. Ikinyamakuru […]

Musanze: Umugabo w’imyaka 32 yishimira kwigana n’umwana we mu mashuri abanza

Mwangaguhunga yiga mu mwaka wa 6 w'amashuri abanza

Umugabo w’imyaka 32 y’amavuko witwa Mwangaguhunga Aimable, utuye mu kagari ka Migeshi, umurenge wa Cyuve mu karere ka Musanze, avuga ko kwigana n’umwana we mu mashuri abanza nta pfunwe bimuteye ahubwo ko ari yo mahitamo ye yo kwitegurira ejo heza he hazaza. Kumva cyangwa kubona ibintu nk’ibi ntibimenyerewe, aho ugera mu mashuri abanza ugasanga umubyeyi […]

La R D Congo expulse l’ambassadeur du Rwanda

La RĂ©publique dĂ©mocratique du Congo (RDC) a expulsĂ© l’ambassadeur rwandais Vincent Karenga, en reprĂ©sailles au soutien prĂ©sumĂ© de Kigali Ă  un groupe rebelle actif dans l’est du pays, a dĂ©clarĂ© samedi le porte-parole du gouvernement Patrick Muyaya . L’ambassadeur dispose de 48 heures pour quitter le pays. La dĂ©cision du Haut Conseil de la dĂ©fense […]

M23 irashinja MONUSCO kuyobya uburari

Umutwe witwaje intwaro wa M23 urashinja misiyo y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo izwi nka MONUSCO, kurangwa n’uburyarya. Mu itangazo risubiza irya MONUSCO risaba M23 guhagarika imirwano, Umuvugizi w’uyu mutwe mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko iyi misiyo iri kuyobya uburari. MONUSCO kuri uyu wa 29 Ukwakira yatangaje ko igisasu […]

U Burusiya bwavuye mu masezerano yemereraga Ukraine kohereza ibinyampeke mu mahanga

U Burusiya bwahagaritse uruhare rwarwo mu masezerano y’ingenzi yatumye ibinyampeke bibasha kuva muri Ukraine byoherezwa hirya no hino aho byari bikenewe nyum y’uko byari byaraheze ku byambu byo muri Ukraine, nyuma y’ibyo u Burusiya bwavuze ko ari igitero cy’indege zitagira abapilote ku mato y’u Burusiya mu ntara ya CrimĂ©e bwigaruriye. Minisiteri y’ingabo y’u Burusiya yavuze […]

Koreya y’Epfo: Abarenga 150 bapfiriye mu birori bya Halloween

Abantu barenga 150 bizihirizaga umunsi mukuru mpuzamahanga wa Halloween mu murwa mukuru wa Koreya y’Epfo, Seoul, baraye bapfuye biturutse ku mubyigano. Ikinyamakuru CNN gisobanura ko abapfuye biganjemo abagore n’abakiri bato bari mu kigero cy’imyaka 20 y’amavuko, abakomeretse bo bakaba ari 82 barimo 19 bakomeretse bikabije. Cyatangaje ko ibi birori byitabiriwe n’ababarirwa mu bihumbi, ikaba ari […]

Somalia: Igitero cy’iterabwoba cyahitanye byibuze abantu 100 abandi 300 barakomereka

Perezida wa Somalia, Hassan Sheikh Mohamud, yatangaje ko byibuze abantu 100 bishwe abandi 300 bagakomereka nyum y’iturika ry’ibisasu byari biteze mu modoka ebyiri mu murwa mukuru w’iki gihugu, Mogadishu . Kuri iki Cyumweru, Mohamud yashinje umutwe witwaje intwaro wa al-Shabab ibyo bitero maze atangariza abanyamakuru ko yiteze ko umubare w’abahitanwe n’iturika ry’ibyo bisasu kurushaho kwiyongera. […]

RDC yirukanye Ambasaderi w’u Rwanda

Leta ya RDC yafashe icyemezo cyo kwirukana Ambasaderi Karega (uri ibumoso)

Leta ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yirukanye Ambasaderi w’u Rwanda, Vincent Karega, mu gihe umwuka mubi mu mubano w’ibi bihugu ukomeje kuzamuka. Ni icyemezo cyafatiwe mu nama y’umutekano yihutirwaga yayobowe na Perezida wa RDC akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’inzego z’umutekano, FĂ©lix Tshisekedi, kuri uyu wa 29 Ukwakira 2022. Iyi nama yabaye mu gihe abarwanyi […]

Niyo Bosco yatandukanye na Irené Murindahabi, amushimira uruhare yagize mu iterambere rye

Umuhanzi Niyo Bosco yatangaje ko yatandukanye na MIE Empire iyoborwa n’umunyamakuru Murindahabi IrenĂ© wamurebereraga inyungu ze mu muziki, amushimira uruhare rukomeye yagize mu guteza imbere impano ye. Mu butumwa amaze gutanga, Niyo Bosco yashyize kuri Twitter ifoto ye ari kumwe na Murindahabi, asobanura ko yamufashije, arakura, aba igiti cyera imbuto nziza. Yamenyesheje abakunzi be ko […]

Rusizi: Abahinzi b’umuceri bavuga ko ubwanikiro bubi bubateza igihombo kinini

Bumwe mu bwanikiro bwari bukoze na bwo bwagiye busaza ku buryo budatanga icyizere cy'umuceri ugezwa mu nganda wujuje isuku isabwa

Abahinzi b’umuceri ba koperative Imbanzabigwi muhinzi w’umuceri (KOIMUNYA) iwuhinga mu kibaya cya Bugarama mu mirenge ya Muganza na Nyakabuye mu karere Rusizi, baravuga ko buri gihe ku mwero wawo bahomba amatoni n’amatoni yawo bitewe n’ubwanikiro bubi bawanikaho, bagasaba ubuyobozi bw’aka karere kububakira ubwiza butabahombya, ko bo batabona ubushobozi bwabwiyubakira. Ikibazo cy’ubwanikiro bw’umuceri bubi mu makoperative […]

Uko umucakara Fuller yabaye umuhanga, akagereranywa n’imashini iteranya imibare

Inkuru dukesha urubuga Black Past ivuga umuhanga mu mibare utagarukwaho cyane wari umwirabura, Thomas Fuller yamenyekanye ku izina rya Virginia Calculator. Fuller yavutse mu mwaka wa 1710 ahambukirizwaga abacakara muri Liberia mu bice byo mu burengerazuba bwa Afurika. Hari mu bwami bwa Dahomey, uyu munsi ni muri Benin. Ubwo abakoloni bari baje gutwara abirabura kumugabane […]

Ukraine iremeza ko misile z’u Burusiya z’ubwoko bwa Iskander zabushiranye

Ingabo za Ukraine zirwanira mu kirere zatangaje ko misile ziraswa kure z’u Burusiya zo mu bwoko bwa Iskander zashize, bufata icyemezo cyo guhagarika kugaba ibitero ku birindiro byazo. Umuvugizi w’izi ngabo, Colonel Yurii Ihnat, yatangarije itangazamakuru ryo muri Ukraine ko nyuma y’aho u Burusiya bushiriwe n’izi misile bwakoreshaga mu kurasa ku birindiro byabo, bwahimbye undi […]

RDC: Minisiteri y’ingabo yahakanye ibyo gutumiza ibikoresho bya gisirikare mu Burusiya

Repubulika ya Demokarasi ya Congo ntabwo yigeze itumiza intwaro mu nganda za gisirikare z’u Burusiya. Ibi byatangajwe na minisiteri y’ingabo z’igihugu n’abavuye ku rugerero, biravuguruza amakuru aherutse gutangazwa na African Intelligence . Mu nyandiko yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane, itariki ya 27 Ukwakira, umuyobozi mukuru w’ibiro bya Minisitiri w’ingabo, yatangaje ko aya makuru nta […]

le président Kagame au Mozambique pour une visite de travail

fgj2wnrwyaaml22.jpg

Le prĂ©sident Paul Kagame est arrivĂ© Ă  Maputo ce vendredi 28 octobre pour une visite de travail d’une journĂ©e . Kagame devrait avoir un tĂȘte-Ă -tĂȘte avec le prĂ©sident hĂŽte Filipe Nyusi, suivi de discussions bilatĂ©rales avec leurs dĂ©lĂ©gations respectives, avant d’assister Ă  un dĂ©jeuner organisĂ© en son honneur. Cette visite intervient Ă  un moment oĂč […]

Le Rwanda surveille de prùs la situation en RD Congo – Ministre Nshuti

Le Rwanda surveille de prĂšs la situation le long de ses frontiĂšres avec la RD Congo et affirme qu’il n’hĂ©sitera pas Ă  riposter si la RD Congo viole dĂ©libĂ©rĂ©ment l’intĂ©gritĂ© territoriale du Rwanda, a dĂ©clarĂ© le ministre d’État chargĂ© des Affaires de la CommunautĂ© de l’Afrique de l’Est, Manasseh Nshuti, aux diplomates. Nshuti a fait […]

Cote d’Ivoire: Mushikiwabo yagiranye ibiganiro na Perezida Ouattara n’abandi bayobozi

fgfv21hacainfj3.jpg

Perezida wa Repubulika ya Cote d’Ivoire, Alassane Ouattara, kuri uyu wa Kane, itariki ya 27 Ukwakira 2022, yagiranye ikiganiro n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga wa La Francophonie (OIF), Louise Mushikiwabo ubwo yamwakiraga mu ngoro ye. Ibiganiro byibanze ku nama itaha ya Francophonie izabera mu byumweru bitatu muri Tunisia. Umunyamabanga mukuru wa OIF avuga ko CĂŽte d’Ivoire […]

28/10/2013: Ingabo zari ziyobowe na Col. Ndala zambuye M23 ibirindiro bya Rumangabo

Col. Ndala (wahinnye ishati) ni umwe mu basirikare bahungabanyije bikomeye M23

Tariki ya 28 Ukwakira 2013 (hashize imyaka 9) ni bwo abasirikare ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bari bayobowe na Colonel Mamadou Ndala bisubije ibirindiro bya Rumangabo bikomeye muri Pariki ya Virunga, byari byarafashwe n’umutwe witwaje intwaro wa M23. Ni igikorwa Col. Ndala n’abasirikare yari ayoboye bagezeho babifashijwemo n’umutwe kabuhariwe w’ingabo ziri mu butumwa […]

U Rwanda ruzakomeza gutera inkunga Igisirikare cya Centrafrica no gukarishya ingabo za yo – Abayobozi

52456169706_c295bddf65_k.jpg

“U Rwanda ruzakomeza gutera inkunga Ingabo za Centrafrica mu bijyanye n’imyitozo no gukarishya abasirikare”, ibi byatangajwe n’abayobozi ba Centrafrica nyuma yo kubonana, kuwa Gatatu, kwa Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, na mugenzi we, Faustin Archange TouadĂ©ra, nk’uko tubikesha Anadolu Agency. Repubulika ya Centrafrica n’u Rwanda bisanzwe byarashyize umukono ku masezerano ane y’ubufatanye, yasinywe igihe Perezida […]

Kampala: Abayoboke ba NRM bariye karungu bateye icyicaro gikuru cy’ishyaka abayobozi barahunga

Icyicaro gikuru cy’ishyaka NRM i Kampala kuri uyu wa Kane cyagabweho igitero n’abakandida barenga 200 batsinzwe mu matora rusange yo mu 2021 yabereye muri Kampala, basaba ko basubizwa amafranga bakoresheje kandi bashinja abayobozi babo kubirengagiza . Amakuru aturuka aho iki cyicaro giherereye ku muhanda wa Kyadondo avuga ibyabaye biteye ubwoba byatumye abayobozi mu bunyamabanga bw’ishyaka […]

Tanzania yanze kohereza ingabo muri RDC muri misiyo ya EAC

Repubulika yunze ubumwe ya Tanzania yanze kohereza ingabo zayo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC). Icyemezo cyo kohereza ingabo muri RDC cyafatiwe mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC yabereye i Nairobi muri Kenya muri Mata 2022, aho zizajya kurwanya imitwe yitwaje intwaro yanze guhagarika ibikorwa byayo. […]

Huye: Umusore w’imyaka 25 arashinjwa gufata ku ngufu no kwangiza imyanya ndangagitsina

Kuri uyu wa Kane, itariki 27 Ukwakira 2022, Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bwaregeye Urukiko Rwisumbuye rwa Huye dosiye iregwamo umuhungu w’imyaka 25 ukekwaho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato no kwangiza imyanya ndangagitsina umugore w’imyaka 45 . Ni icyaha uregwa akekwaho kuba yarakoze ku wa 18 Ukwakira 2022, mu gihe cya saa tatu za […]

Koreya y’Epfo yahakanye guha intwaro Ukraine nyuma yo gutungwa urutoki na Perezida Putin

Perezida wa Koreya y’Epfo, Yoon Suk-yeol, yahakanye ko Seoul yahaye Ukraine intwaro zica nyuma y’uko Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, avuze ko icyemezo nk’iki kizasenya umubano wabo . Kuri uyu wa Kane, Putin yabivugiye mu nama yabereye i Moscou, ashinja Uburengerazuba kuba bwarateje intambara muri Ukraine ndetse anashimangira ko icyemezo cya Koreya y’Epfo cyo guha […]

Depite Habineza abona imisoro ku biribwa ikwiye kugabanywa

Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda akaba n’Umuyobozi Mukuru w’ishyaka DGPR riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije, Dr Frank Habineza, abona imisoro ku biribwa ikwiye kugabanywa kugira ngo ibiciro byabyo na byo bigabanyuke. Depite Habineza yabitangarije mu kiganiro yagiriye kuri BWIZA TV cyari cyerekeye by’umwihariko kuri gahunda ishyaka DGPR rifitiye Abanyarwanda ubu no mu gihe […]

U Burusiya burateganya guha DRC ibikoresho birimo kajugujugu z’intambara

U Burusiya burateganya guha Leta ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ibikoresho by’igisirikare birimo kajugujugu z’intambara zigezweho zirindwi. Nk’uko ikinyamakuru Africa Intelligence gikora inkuru zicukumbuye kibisobanura, kohereza izi kajugujugu bizashingira ku masezerano RDC n’u Burusiya byagiraniye i Kinshasa muri Nyakanga 2022. Gisobanura ko aya masezerano afite agaciro guhera muri uyu mwaka w’2022 kugeza mu […]

Nyamasheke: Abaturage bashyikirije umuryango wararaga habi inzu bawubakiye

Iyi nzu ni yo uyu muryango wubakiwe

Nyandwi Jean w’imyaka 70 n’umugore we w’imyaka 64, baravuga ko bongeye kugira amahoro yo mu mutima ubwo binjizwaga mu nzu bubakiwe n’abakristo b’itorero EMLR bibumbiye mu matsinda yo kwizigamira, bayibashyikirije bijyanye n’icyumweru ngarukamwaka cyahariwe kwizigamira, bavuga ko ubwo bayibonye bagiye guhita basezerana imbere y’Imana, nyuma y’imyaka 37 babana, badasezeranye mu itorero. Imwe mu nyungu ikomoka […]

Umuhungu wa Museveni yatangaje ko uko byagenda kose azaba Perezida wa Uganda

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko uko byagenda kose agomba kuzaba Umukuru w’iki gihugu. Mu rukerera rw’uyu wa 27 Ukwakira 2022, Gen. Kainerugaba yashyize kuri Twitter ifoto y’umubyeyi we, Janet Museveni, asobanura ko yamubereye malayika. Yagize ati: “Mama yambereye malayika. Ni mwiza mu buryo bworoshye! Nk’uko abagabo benshi bumva […]

Kinshasa: Hakomeje urubanza rw’abakekwaho kwica Ambasaderi Luca Atanasio

Urukiko rwa gisirikare rw’i Kinshasa-Gombe, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, rwateye utwatsi ubusabe bw’abunganira abaregwa mu rubanza ku iyicwa rya Ambasaderi w’u Butaliyani, Luca Atanasio, rwabereye mu ruhame kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 26 Ukwakira . Urukiko rwa gisirikare rwanze icyifuzo cyo kurekurwa by’agateganyo cyatanzwe n’aba bavoka kubera gutinya ko bahunga kubera kutagira […]

Burundi: Abagera mu 100 bamaze gutabwa muri yombi bazira Hussein Radjabu wayoboye CNDD-FDD

Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko hashize iminsi hari abantu barimo utabwa muri yombi bazira amashusho ya Hussein Radjabu, wigeze kuba umuyobozi wa CNDD-FDD mbere yo gushwana na Perezida Nkurunziza ndetse bikamuviramo guhunga mu 2015 nyuma yo gutoroka gereza. Aya makuru dukesha urubuga UBMNews rwo mu Burundi, aravuga ko igipolisi n’abayobozibashinja abo bantu batabwa muri […]

Mukuralinda abona RDC ishaka kuburizamo amatora, ikitwaza u Rwanda

Umuvugizi wa guverinoma y’u Rwanda wungirije, Alain Mukuralinda, abona guverinoma ya Repubuika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ifite umugambi wo kuburizamo amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mwaka w’2023, ikitwaza u Rwanda. Mukuralinda abishingira ku gika cya nyuma cy’itangazo ryashyizwe hanze tariki ya 25 Ukwakira n’Umuvugizi wa guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, ashinja u Rwanda gushyigikira […]

Musanze: Haravugwa uburiganya mu gikorwa cy’umuyoboro w’amashyanyarazi

Igishushanyo mbonera kirimo inzira eshatu zishobora gukoreshwa hatangijwe byinshi

Mu murenge wa Kimonyi, akagari ka Ruvumu, umudugudu wa Musezero abaturage bahafite amasambu bavuga hari uburiganya, akarengane n’urujijo mu gikorwa cy’ishyirwaho ry’umuyoboro w’amashyanyarazi wa Kimonyi-Musezero. Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa gahunda Leta yihaye y’uko mu mwaka w’2024 buri rugo rw’Umunyarwanda ruzaba rugerwaho n’amashanyarazi, kuri ubu, hirya no hino mu karere ka Musanze harimo gukorwa […]

Abadepite babajije Umuvunyi Mukuru icyo bakora kuri ruswa ivugwa mu nzego zitandukanye

Kuri uyu wa Gatatu Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine yagejeje ku Nteko Rusange y’Imitwe Yombi raporo y’ibikorwa by’Urwego rw’Umuvunyi by’umwaka wa 2021/2022 na gahunda y’ibikorwa byayo by’umwaka wa 2022/2023, aho bamwe mu bagize inteko ishinga amategeko barubajije niba rujya rukurikirana ruswa ivugwa mu nzego za leta by’umwihariko ishingiye ku gitsina ,ngo ishakirwe umuti urambye . Umuvunyi […]

Le président Kagame a reçu le président Faustin Archange Touadéra

fgbrx8_wabcetat.jpg

Le prĂ©sident Paul Kagame, le 26 octobre, a reçu le prĂ©sident Faustin Archange TouadĂ©ra de la RĂ©publique centrafricaine et les deux chefs d’État ont discutĂ© de la coopĂ©ration bilatĂ©rale . Le duo a discutĂ© de la situation politique en RCA et de la coopĂ©ration bilatĂ©rale dans divers domaines de la sĂ©curitĂ©, de la gouvernance et […]

Somalia irasaba EAC kuyigira umunyamuryango bidatinze

Perezida wa Somalia, Hassan Sheik Mohamud, yasabye ko gahunda igamije kwemeza igihugu cye nk’umunyamuryango w’umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC) yakwihutishwa. Uyu Mukuru w’Igihugu yabisabye Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mathuki, wari mu ruzinduko muri Somalia, amusobanurira ko gutinda kwinjiza mu muryango iki gihugu kuri gukereza iterambere ry’abagituye. Nk’uko ikinyamakuru The East African kibivuga, […]

Perezida Ndayishimiye yirukanye ‘Lieutenant Colonel’ wanyereje ibiribwa

Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Burundi, Perezida Evariste Ndayishimiye, yirukanye Lieutenant Colonel Ndayishimiye DiomĂšde wanyereje ibiribwa. Ni icyemezo uyu Mukuru w’Igihugu yashyizeho umukono tariki ya 20 Ukwakira 2022, aho yagize ati: “Lieutenant Colonel Ndayishimiye DiomĂšde, matricule SS0575, yirukanwe mu gisirikare cy’u Burundi kubera kunyereza ibiribwa bibisi.” Minisitiri w’ingabo n’abari abasirikare, Alain Tribert Mutabazi, yasabwe guhita ashyira […]

Tshisekedi yagizwe umuhuza wa Leta ya Chad n’uruhande ruyirwanya

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi yagizwe umuhuza mu mishyikirano y’ubutegetsi bwa Chad n’uruhande ruyirwanya. Ni icyemezo cyafatiwe mu nama idasanzwe y’ibihugu bigize umuryango w’akarere ka Afurika yo hagati, CEEAC, yabereye i Kinshasa kuri uyu wa 25 Ukwakira 2022. Perezida wa RDC ahawe iyi nshingano mu gihe ubutegetsi bwa Chad bwemeye […]

Afurika y’Epfo yanze gufatira ubwato bw’inshuti ya Putin yafatiwe ibihano na USA

Umuherwe Morshadov (uri iburyo) ni inshuti ya Perezida Putin

Guverinoma ya Afurika y’Epfo yatangaje ko nta gahunda ifite yo gufatira ubwato bunini bw’umuherwe usanzwe ari inshuti ya Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, Alexi Morshadov, wafatiwe ibihano na Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) hamwe n’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi (EU). Ubu bwato bufite agaciro k’amadolari ya Amerika miliyoni 521 bwahagurutse mu mujyi wa Hong Kong mu […]

Gatsibo: Yafatiwe mu kiyaga atwaye magendu y’amabuye y’agaciro

Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi (Marine Unit) kuri uyu wa Mbere, tariki ya 24 Ukwakira, ryafashe uwitwa Nizigiyimana Francois, ufite imyaka 24 y’amavuko, wari utwaye magendu y’ibiro 18 by’amabuye y’agaciro ya Wolfram, anyuze mu Kiyaga cya Muhazi. Nizigiyimana usanzwe ari umucuruzi w’amabuye y’agaciro yafashwe aturutse mu murenge wa Gasange yerekeza mu […]

Ukraine: Minisitiri w’ingabo aravuga ko igihugu cye cyabaye ikibuga cyo kugeragerezamo intwaro

Minisitiri w’ingabo wa Ukraine yavuze ko amakimbirane abera muri Ukraine yahaye abakora intwaro mu burengerazuba amahirwe yo kureba ibicuruzwa byitwara neza mu ntambara ya nyayo yo kurwanya u Burusiya . Aleksey Reznikov yabisobanuye agira ati: “Dufite ikibuga cyo kugeragerezamo imirwano muri Ukraine muri iyi ntambara.” “Dufite mortiers 155mm umunani zitandukanye mu kibuga
 bityo ni nk’irushanwa […]

Nyaruguru: Abaturage batanze ibitekerezo ku igenamigambi ry’akarere

Faustin Havugimana arifuza ko bagezwaho amazi meza

Abaturage bo mu kagari ka Muhambara, mu murenge wa Cyahinda, mu karere ka Nyaruguru, bagejeje ku nama njyanama y’akarere imishinga y’ingenzi bifuza ko yazashyirwa mu bikorwa mu mwaka w’ingengo y’imari 2023/24, ikihutisha iteranbere ryabo. Muri iyo mishinga harimo umuyoboro w’amazi meza, ikigo cyigisha imyuga, umuhanda wa kaburimbo, inzu ababyeyi babyariramo, ubworozi bw’inka za kijyambere, n’ibindi. […]

Amerika iravuga ko yiteguye gukoresha intwaro zayo harimo n’iza kirimbuzi mu kurinda inshuti zayo

us-vows-full-military-defense-of-allies-against-north-korea-1666692700628.jpg

Igisirikare cy’Amerika kizakoresha intwaro zacyo zose, harimo n’intwaro za kirimbuzi, mu kurinda Koreya y’Epfo n’u Buyapani ibitero, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, wongeye kwikoma Koreya ya Ruguru kubera igerageza ikomeje gukora ry’intwaro avuga ko“riteje akaga” kandi “rihungabanya umutekano”, mu gihe ashimangira ubufatanye n’abafatanyabikorwa bo muri Aziya . Kuri uyu wa Kabiri ushize, […]

Umugore w’Igikomangoma Harry, Meghan Markle, yahishuye ko ari Umunyanijeriyakazi 43%

tsdnhvsc3jixxyasgvtrme.jpg

Meghan Markle, umugore w’Igikomangoma Harry cyo mu Bwongereza, yahishuye ko ari “Umunyanijeriyakazi ibice 43% ” mu gice giheruka cya podcast ye, Archetypes, aho yaganiraga ku myumvire “y’umwiraburakazi warakaye “. Meghan Markle yasangije ibyavuye mu bizamini yakorsheje ku nkomoko ye mu gice giheruka cya podcast ye, aho yabwiye umunyarwenyakazi wo muri Nigeria ufite ubwenegihugu bwa Amerika, […]

Le prĂ©sident Kagame a reçu l’ancienne premiĂšre dame mozambicaine Graça Machel

ff1xbxmwyamxbd4.jpg

Le prĂ©sident rwandais Paul Kagame a reçu lundi Graça Machel, la fondatrice de Graca Machel Trust, et la Fondation pour le dĂ©veloppement communautaire, qui Ă©tait au Rwanda pour la confĂ©rence de l’African Philanthropy Forum (APF) sur le thĂšme “Les philanthropes africains comblent l’Ă©cart entre les sexes” . Kagame et la PremiĂšre Dame Jeannette Kagame ont […]

Abavandimwe batatu baguye mu mpanuka yabereye ku Kinamba barashyingurwa uyu munsi

Impanuka y'iyi kamyo yapfiriyemo batandatu

Abana batatu bavukana baherutse gupfira mu mpanuka yabereye ku Kinamba mu murenge wa Muhima, akarere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali tariki ya 23 Ukwakira 2022 barashyingurwa uyu munsi. Iyi mpanuka yabaye mu masaa kumi y’umugoroba w’uwo munsi, ubwo ikamyo yo mu bwoko kwa HOWO yari yabuze feri yahanukaga munsi y’ikiraro. Ikamyo yishe batandatu barimo […]

M23 yateguje ko MONUSCO igiye kwiyunga na FARDC, FDLR n’indi mitwe mu kuyigabaho ibitero

Umutwe witwaje intwaro wa M23 wateguje ko ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) zigiye kwiyunga n’iza Repubulika ya Demukarasi ya Congo zizwi nka FARDC n’imitwe irimo FDLR mu kuwugabaho ibitero. Iyi nteguza igaragara mu itangazo Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, yasohoye kuri uyu wa 25 Ukwakira 2022, aho agira […]

Afurika y’Epfo: Hatangiye ibiganiro bigamije kurangiza intambara imaze imyaka 2 muri Ethiopia

Guverinoma ya Afurika y’Epfo yavuze ko ibiganiro bya mbere by’amahoro bigamije guhagarika intambara imaze imyaka ibiri hagati y’ingabo za Leta ya Ethiopia n’Ingabo zo mu Ntara ya Tigray (TPLF) mu majyaruguru y’iki gihugu byatangiriye muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa Kabiri bikaba bizarangira ku Cyumweru . Ikibazo ni amahirwe yo guhagarika amakimbirane yahitanye abantu ibihumbi, […]

Ambasaderi Karega yongeye kuvugisha Abanyekongo ubwo yitabiraga inama yari iyobowe na Tshisekedi

Mu nama ngishanama yagiranye na ba ambasaderi b’ibihugu bigize Umuryango w’ubukungu uhuza ibihugu byo muri Afurika yo Hagati (CEEAC), Perezida Felix Tshisekedi yakiriye na Ambasaderi w’u Rwanda, Vincent Karega, kuri ubu utabanye neza n’Abanyekongo bamwe bibaza ahubwo impamvu akiri ku butaka bw’igihugu cyabo . Uyu mudipolomate mu minsi yashize yakomeje kuba intandaro y’impaka zikaze nyuma […]

RDC yibasiye u Rwanda, isubiza ku itangazo ryarwo

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yibasiye u Rwanda, isubiza ku itangazo ryaraye rishyizwe hanze n’Umuvugizi wa guverinoma yarwo, Yolande Makolo. Makolo yatangaje ko RDC iri mu nzira yo gukomeza imirwano, yifatanyije n’umutwe witwaje intwaro wa FDLR urwanya Leta y’u Rwanda, ngo ibi bikaba bihabanye n’inzira ya demukarasi Perezida FĂ©lix Tshisekedi avuga ko […]

Lt Gen. Mbangu Mashita ugiye kuyobora urugamba rwo kurwanya M23 yageze i Goma

Lt Gen. Mbangu Mashita ugiye kuyobora ibikorwa by'ingabo muri zone ya 3

Lieutenant General Mbangu Mashita Marcel uherutse guhabwa inshingano yo kuyobora urugamba rwo kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23 yageze i Goma mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru kuri uyu wa 25 Ukwakira. Uyu musirikare yahawe inshingano yo kuyobora ibikorwa by’igisirikare muri zone ya 3 ikoreramo uyu mutwe witwaje intwaro tariki ya 17 Ukwakira, asimbura Lt Gen. […]

IFA SPEAK igiye gutangira ikindi cyiciro cyo kwigisha Icyongereza, TOEFL, ikoranabuhanga n’ibindi kuri ‘promosiyo’

Icyongereza kizajya cyigishwa kuva ku wa Mbere kugera ku wa Kane

Ishuri ryigisha ururimi rw’Icyongereza, TOEFL, IELTS, ikoranabuhanga n’ibindi bijyanye n’igihe rizwi nka IFA SPEAK & TECH ACADEMY riherereye mu mujyi wa Kigali mu murenge wa Kimironko, akarere ka Gasabo rigiye kongera gutangiza ikindi cyiciro cy’abifuza kwiga icyongereza, haba kuvugira mu ruhame, muri bizinesi zitandukanye n’ahandi, aho abarigana biga ku buryo bworoheye buri wese. Muri rusange […]

Wari uzi ko Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza ari umukire kurusha umwami?

Rishi Sunak, Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, birashoboka ko ari we muntu wa mbere ugiye muri uyu mwanya w’umukire kurusha n’umwami wabo, ariko mu gihe habarwa umutungo bwite w’umwami Charles III mu buryo bwihariye . Sunak n’umugore we, Akshata Murty, bagiye bagarukwaho mu nkuru zitandukanye kubera ubutunzi bwabo ndetse n’imibereho yabo ihenze, nubwo igiciro cy’imibereho […]

Menya ubwoko bwa Hadza bubaho budahinga, butorora

Abo mu bwoko bwa Hadza babayeho mu buzima bwihariye. Ntabwo borora cyangwa ngo bahinge imyaka, babaho bahiga, bashaka aho babona ibyo kurya mu mashyamba. Ubwoko bwa Hadza ni bumwe mu bwoko bugihiga muri Afurika bubarirwa mu baturage barenga 1300 muri Tanzaniya. Bahorana imiheto bakoresha bahiga ibyo kurya bifite intungamubiri birimo ibimera biribwa nk’uko bitangazwa n’ikigo […]

I Kigali hateraniye inama yiga ku kuntu telefone zaba umusemburo w’iterambere

Abantu bagera mu 2000 baturutse hirya no hino ku Isi bitabiriye inama y’iminsi 3 izigira hamwe uko ikoreshwa rya za telefone na serivisi ryayo byarushaho kuba umusemburo mu iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga, nk’urwego rufitiye akamaro Isi muri ibi bihe . Iyi nama ibaye mu gihe imibare y’Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA igaragaza ko abafatabuguzi ba telefone […]

Nigeria: Urukiko rwategetse ifatirwa ry’imitungo y’uwari minisitiri ushinzwe ibikomoka kuri peteroli

Kuri uyu wa Mbere, urukiko rwo muri Nigeria rwategetse ko hafatwa burundu imitungo ibiri n’imodoka by’uwahoze ari minisitiri w’ibikomoka kuri peteroli, Diezani Alison-Madueke, nk’uko byemejwe na komisiyo ishinzwe ibyaha by’ubukungu muri iki gihugu. Alison-Madueke yagize uruhare rukomeye mu buyobozi bw’uwahoze ari Perezida, Goodluck Jonathan, ari minisitiri w’ibikomoka kuri peteroli kuva mu 2010 kugeza mu 2015. […]

Adidas yahagaritse imikoranire yari ifitanye n’umuraperi Kanye West kubera imyitwarire

Uruganda rwa Adidas rwo mu Budage rukora ibikoresho by’imikino,rwahagaritse ubufatanye rwari rufitanye n’Umuraperi w’Umunyamerika, Kanye West, kubera imyitwarire ye itavugwaho rumwe . Kuri uyu wa Mbere, Adidas yatangaje iki cyemezo mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku rubuga rwa interineti, nyuma y’uko uru ruganda rukora imyenda n’inkweto bya siporo rwari ruherutse gutangaza ko rugiye kongera gusuzuma ubufatanye […]

Perezida Felipe Nyusi yahawe urwamenyo ubwo yateraga ishoti akitura hasi

mozambique-4-2-malawi-bsafcon-2022.jpg

Ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye video igaragazaPerezida Felipe Nyusi wa Mozambique agwa hasi nyuma yo gutera umupira mu rwego rwo gutangiza imikino y’Igikombe cya Afurika cy’umupira w’amaguru ukinirwa ku Mucanga (Beach Soccer Africa Cup of Nations 2022) . Iyi mikino ya Beach Soccer Africa Cup of Nations yatangiye kuwa Gatanu ushize, itariki 21 Ukwakira, muri Vilankulo […]

Uburayi bwakuyeho ibihano bwari bwarafatiye Lt Gen. Ndirakobuca na General wahunze

Gen. Bizimana yabaye umujyanama wa Perezida w'u Burundi

Umuryango w’ubumwe bw’Uburayi (EU) wakuyeho ibihano wari warafatiye Abarundi batatu: Lt Gen. Gervais Ndirakobuca uzwi nka Ndakugarika, Gen. Godefroid Bizimana na Gen. Leonard Ngendakumana uri mu buhungiro. Iki cyemezo EU yagifashe kuri uyu wa 25 Ukwakira 2022, isobanura ko ari ku bw’umubano wayo n’u Burundi ukomeje kuba mwiza. Iti: “Umubano mwiza hagati ya EU n’u […]

Abakomando ba Kenya bari baragiye muri misiyo ya EAC muri RDC bakuyemo akarenge

Lt Gen. Muriuki yaciye amarenga ko ingabo za Kenya zitagendera ku cyifuzo cya Leta ya RDC

Ingabo za Kenya zo mu mutwe wihariye (special force unit) zari zaragiye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), zakuyemo akarenge zitaratangira akazi kazijyanyeyo. Ikinyamakuru Infos cyo muri RDC kuri uyu wa 25 Ukwakira 2022 cyatangaje ko amakuru cyahawe n’abo mu nzego z’umutekano n’urwego rwa dipolomasi yemeza […]

U Burundi bwaburiye ababusebya kugira ngo bahabwe ubuhungiro i Burayi

Leta y’u Burundi iraburira Abarundi basebya igihugu cyabo kugira ngo bahabwe ubuhungiro mu bihugu by’i Burayi, kuko ngo hari ubwo bazakurikiranwa n’ubutabera. Uyu muburo watanzwe n’Umuvugizi wa Minisiteri y’umutekano w’imbere akaba n’Umuvugizi wa Polisi, Pierre Nkurikiye, ubwo yavugaga ku Barundi bacyuwe ubwo bari bajyaga muri Serbia, bafite umugambi wo gukomereza mu bindi bihugu by’i Burayi. […]