Edouard Sinayobye yimitswe nka Musenyeri wa Diyosezi ya Cyangugu

Kuri uyu wa kane taliki 25 Werurwe, Musenyeri Edouard Sinayobye yahawe Ubwepisikopi, yimikwa nk’umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu. Ni mu birori byabereye kuri Stade ya Rusizi byahuriranye n’Umunsi mukuru wa Bikira Mariya amenyeshwako azabyara Umukiza. Musenyeri Sinayobye yimitswe na Musenyeri Filipo Rukamba, Perezida w’Inama Nkuru y’Abepisikopi mu Rwanda. Ku wa Gatandatu tariki ya 06 […]

Haruna Niyonzima yatangaje igihe yumva azasezerera umupira w’amaguru

Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Haruna Niyonzima, yatangaje ko mu gihe Amavubi yabona itike ya CAN izabera muri Caméroun ashobora gusezera kuko yumva ntacyo ataba yarayahaye. Haruna yabigarutseho nyuma y’umukino wo gushaka itike ya CAN Amavubi yatsinzemo Mozambique igitego 1-0 cya Lague Byiringiro. Ubwo Haruna yabazwaga n’itangazamakuru ku makuru yari yakomojeho mu myitozo y’Amavubi […]

Papa Francis yagabanyije imishahara aba-Karidinal bahabwaga buri kwezi

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yategetse ko aba-Kardinali n’abandi bakozi ba Kiliziya bagabanyirizwa imishahara kubera ikibazo cy’ihungabana ry’ubukungu ryatewe na COVID-19 Vatican ihanganye na cyo. Aba-Kardinali imishahara yabo izagabanywaho 10% guhera muri Mata, nk’uko Vatican ibivuga. Mu busanzwe bivugwa ko aba-Karidinal bahabwa arenga €5,000 (Frw miliyoni 5.7 Rwf) ku kwezi kandi kenshi […]

Nyuma ya Lague, Nsanzimfura Keddy na we yabengutswe n’ikipe ikomeye

Nsanzimfura Keddy usanzwe akina hagati mu kibuga mu kipe ya APR FC, yamaze kubengukwa n’ikipe ya Jagiellonia Bia?ystok yo mu kiciro cya mbere muri Pologne. Amakuru avuga ko iyi kipe yifuza Keddy ndetse nta gihindutse akaba anashobora kuyerekezamo mu gihe cya vuba. Ni nyuma ya rutahizamu Lague Byiringiro wamaze kubengukwa na FC Zürich yo mu […]

Lague Byiringiro yafashije Amavubi gutsinda Mozambique

Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ itsinze Mozambique igitego 1-0, yigarurira icyizere cyo kubona itike y’Igikombe cya Afurika giteganyijwe kubera muri Caméroun. Igitego cyo ku munota wa 69 w’umukino cya Lague Byiringiro cyari gihagije kugira ngo Amavubi abone amanota atatu ya mbere mu mikino y’amajonjora yo gushaka itike ya CAN. Iyi kipe yari yakiriye Mozambique kuri Stade ya […]

Intasi ebyiri z’u Burundi zafatiwe muri RDC zifite ibiturika

Imbonerakure ebyiri zo muri Komine Mutimbuzi mu ntara ya Bujumbura i Burundi, zifungiye muri imwe muri gereza zo muri RDC zikurikiranweho ubujura bwitwaje intwaro. Izi mbonerakure zirimo iyitwa Ibrahim Bizimana uzwi nka Mafyeri na Olivier Ndagijimana, zatawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 20 Werurwe zifatiwe mu gace ka Uvira muri […]

Ikarita itukura Kwizera Olivier yabonye muri CHAN yatumye akumirwa ku mukino wa Mozambique

Umunyezamu w’ikipe y’igihugu “Amavubi”, Olivier Kwizera, ntabwo yemerewe gukina umukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika Amavubi yakiramo Mozambique kuri uyu wa Gatatu, kubera ikarita itukura yahawe mu mikino ya CHAN. Ni ikarita umuzamu Olivier yeretswe muri Mutarama uyu mwaka, ubwo Amavubi y’u Rwanda yakinaga na Guinée-Conakry, mu mukino wa 1/4 cy’irangiza cya CHAN yaberaga […]

Congo: Dénis Sassou Nguesso yatsinze mu matora Nyakwigendera Parfait Kolélas

Amajwi y’agateganyo y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu cya Congo-Brazzaville, yerekana ko Perezida Denis Sassou Nguesso ari we watorewe kukiyobora; atsinze abarimo Nyakwigendera Guy-Brice Parfait Kolélas bari bahanganye. Uyu Guy-Brice Parfait Kolélas yitabye Imana ejo ku wa Mbere azize COVID-19, nyuma y’umunsi umwe amatora abaye. Ibyavuye mu matora by’agateganyo byatangajwe na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, […]

Tanzania: Samia Suluhu yahishuye amagambo ya nyuma Magufuli yamubwiye mbere y’uko apfa

Perezida wa Tanzania, Madamu Samia Suluhu Hassan, yahishuye ko hari amagambo make Dr John Pombe Magufuli yasimbuye yamubwiye mbere y’uko yitaba Imana. Perezida Suluhu yabitangarije abanya-Tanzania ejo ku wa Mbere, ubwo yari i Dodoma mu murwa mukuru w’ubuyobozi wa Tanzania, mu muhango wo gusezera bwa nyuma kuri Magufuli. Agaruka ku byo Magufuli yamubwiye yagize ati: […]

Dr Kayumba Christopher yahamagajwe na RIB

img_20210323_094813.jpg

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwahamagaje Dr Kayumba Christopher ku kicaro gikuru cyarwo ku Kimihurura aho agomba kugira ibyo abazwa ku cyaha akekwaho kitaramenyekana. Mu rwandiko rw’ihamagazwa Dr Kayumba yohererejwe BWIZA yaboneye kopi, RIB yamusabye kwitaba ku kicaro cyayo kuri uyu wa kabiri tariki ya 23 Werurwe saa tatu z’igitondo. Nta mpamvu RIB yagaragaje yatumye ihamagaza […]

Perezida Kagame na Tshisekedi bafatiye imitwe yitwaje intwaro ingamba nshya

Mu cyumweru gishize abakuriye inzego za gisirikare mu Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye i Kinshasa mu nama yafatiwemo ibyemezo bifitiye inyungu umutekano w’ibihugu byombi. Ku ruhande rw’u Rwanda iyi nama yitabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura; mu gihe Congo Kinshasa yari ihagarariwe na François Beya Kasonga, Umujyanama wihariye […]

Congo: Uwari uhatanye na Perezida Sassou Ngessou mu matora yabaye ejo yapfuye

Guy Brice Parfait Kolelas wari uhatanye na Perezida Denis Sassou Ngessou mu matora y’umukuru w’igihugu cya Congo-Brazzaville yabaye ejo ku cyumweru, yitabye Imana kuri uyu wa Mbere. Inkuru y’urupfu rwa Parfait Kolelas w’imyaka 61 y’amavuko, yemejwe na Christian Cyr Rodrigue Mayanda wari ukuriye ibikorwa bye byo kwiyamamaza. Uyu yabwiye AFP ko Kolelas yari yajyanwe mu […]

Jules Karangwa yamaganye inkuru CAF yamwitiriye bataravuganye

Umujyanama wa FERWAFA mu by’amategeko akanaba Umuvugizi wayo Wungirije, yamaganye inkuru yamwitiriwe iri ku rubuga rw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ivuga ko shampiyona y’u Rwanda igiye gusubukurwa igakinwa mu buryo bw’amatsinda. Ni inkuru yabanje gutangazwa na bimwe mu bitangazamakuru bya hano mu Rwanda, mbere yo kwandikwa n’urubuga rwa CAF. Amakuru avuga ko FERWAFA yifuza […]

Ingabire Grâce ni we Nyampinga w’u Rwanda wa 2021 (Amafoto)

img_20210321_001912.jpg

Ingabire Grâce wari uhagarariye Umujyi wa Kigali ni we wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2021, ahigitse abakobwa bagenzi be bari barihataniye. Ni nyuma y’ibirori bya nyuma by’iri rushanwa byabereye ku kibuga Intare Arena, i Rusororo mu karere ka Gasabo. Ni ibirori bititabiriwe n’abafana nk’uko mu marushanwa ya Miss Rwanda yatambutse byagiye bigenda, kubera […]

Abakinnyi ba Liverpool bagaragaye mu myitozo bumva indirimbo ya Bruce Melodie

Igikundiro cy’umuhanzi Itahiwacu Bruce uzwi mu muziki hano mu Rwanda nka Bruce Melodie, gikomeje gutumbagira umunsi ku wundi; kugeza aho abakinnyi ba Liverpool bakururwa n’indirimbo ze. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu ubwo abakinnyi ba Liverpool bari mu myitozo yo kubongerera ingufu, bagaragaye bumva imwe mu ndirimbo z’uyu muhanzi usigaye ari mu banyamuziki bakunzwe […]

Macedonia: Rwatubyaye yafashije FC Shkupi akinira gutsindira Sileks iwayo

Myugariro mpuzamahanga w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, Rwatubyaye Abdul, yafashije ikipe ya FC Shkupi akinira kwegukana amanota atatu, nyuma yo kujya gutsindira Sileks ku kibuga cyayo ibitego 3-1. Hari mu mukino w’umunsi wa 24 wa shampiyona ya Macédonia wabaye kuri uyu wa Gatandatu. Ikipe ya FC Shkupi yari yabanjwe igitego mu minota ya mbere y’umukino, gusa Rwatubyaye […]

Harmonize na Kassim Majaliwa mu basutse amarira basezera kuri Magufuli (Amafoto)

img_20210320_145809.jpg

Byari amarira n’agahinda kuri uyu wa Gatandatu, ubwo abanya-Tanzania batangiraga gusezera kuri perezida wabo, Dr John Pombe Joseph Magufuli uheruka kwitaba Imana azize indwara y’umutima. Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo muri Tanzania hatangiye igikorwa cyo gusezera kuri Perezida Magufuli, kigomba gukomeza kugeza ku wa Kane w’icyumweru gitaha. Gusezera kuri Perezida Magufuli byatangiriye muri Stade […]

Dore uburanga bw’abakobwa 15 bageze mu kiciro cya nyuma cya Miss Burundi (Amafoto)

missb11_-575e1.jpg

Ku wa Gatanu tariki ya 19 Werurwe 2021, abakobwa 15 muri 28 bahataniraga ikamba rya Miss Burundi, babonye itike yo kwinjira mu cyiciro cya nyuma. Ni mu birori byabereye kuri Hotel yitwa Roca Golf i Bujumbura. Abakobwa 28 batoranyijwemo 15 hagendewe ku buryo batambutse imbere y’Akanama Nkemurampaka n’uburyo basubije ibibazo bababjijwe. Iri rushanwa rya Miss […]

Umurambo wa Magufuli watangiye kuzengurutswa Tanzania mu rwego rwo kumusezeraho

Kuva kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 20 Werurwe, Guverinoma ya Tanzania yatangije igikorwa cyo kuzengurutsa umurambo wa Perezida John Pombe Magufuli, mu rwego rwo gufasha abaturage kumusezeraho. Ku wa Gatatu tariki ya 17 ni bwo Perezida Magufuli yitabye Imana azize indwara y’umutima, nk’uko byatangajwe na Perezida mushya wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan. Magingo aya […]

Meddie Kagere yageze mu mwiherero w’Amavubi (Amafoto)

1d1a23eb28ebf9495ac446f3dfeaed.jpg

Rutahizamu Meddie Kagere ukinira ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania, yamaze kugera mu mwiherero w’Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ ikomeje kwitegura Mozambique. Kagere yaje gufatanya na bagenzi be kwitegura umukino wa Mozambique uzabera i Kigali tariki ya 24 Werurwe ndetse n’uwo bazahuramo na Caméroun tariki ya 30 Werurwe. Ni imikino yombi yo mu […]

Facebook yasabye imbabazi nyuma y’ihagarara rya Serivisi zayo zirimo WhatsApp na Instagram

Sosiyete ya Facebook yatangaje ko Serivisi zayo zongeye gukora, nyuma y’igihe gito zahagaze kubera ibibazo bya tekiniki. Ku mugoroba w’ejo ku wa Gatanu ni bwo serivisi za Facebook zirimo imbuga nkoranyambaga zayo nka Instagram, Messenger na WhatsApp zari zahagaze. Ni ikibazo cyamaze igihe kibarirwa mu isaha ku Isi yose. Abenshi mu Banyarwanda batandukanye bifashishije urubuga […]

Ubwumvikane buke hagati y’abafatanyabikorwa bwadindije itangira ry’inyubako ya Bazilika ya Kibeho

img-20210319-wa0037.jpg

Ubwumvikane buke hagati ya Fondasiyo (Fondation) ‘Our Lady of Kibeho’ igizwe n’Abakirisitu b’Abanyamerika bifuzaga gutera inkunga umushinga wo kubaka kiliziya nini (Bazilika) yitiriwe Bikira Mariya Nyina wa Jambo i Kibeho na Diyoseze Gatolika ya Gikongoro, bwatumye umushinga wo kuyubaka wagombaga gutangira mu ntangiriro za 2020 udindira. Madame Ilibagiza Immaculée, umukirisitu w’Umunyarwanda uba muri Leta Zunze […]

Centrafrique: François Bozizé agiye kuva ku buyobozi bwa KNK ajye kuyobora inyeshyamba

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika ya Centrafrique, François Bozizé, yatangaje ko agiye kuva ku buyobozi bw’ishyaka rye rya Kwa Na Kwa (KNK) kugira ngo abashe kuyobora CPC, ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bwa Centrafrique. Bozizé arateganya kwegura ku buyobozi bwa KNK mu gihe cya vuba nk’uko yabitangarije abayobozi bakuru ba ririya shyaka mu mpera […]

2021: U Rwanda ruza mu bihugu bitatu bya mbere ku Isi bifite abaturage batishimye

Raporo yerekana uko abaturage b’ibihugu bitandukanye ku Isi bishimye, ishyira u Rwanda mu bihugu bitatu bya mbere ku Isi bifite abaturage batishimiye muri uyu mwaka wa 2021. Iyi raporo ngarukamwaka izwi nka ‘The World Happiness Report’, ikorwa n’ikigo The Sustainable Development Solutions Network cyegamiye ku Muryango w’Abibumbye gisanzwe gifite ikicaro i New York muri Leta […]

UEFA Champions league: Bayern Munich yisanze hamwe na PSG, Real Madrid itombora Liverpool

Tombora y’uko amakipe agomba guhura muri 1/4 cy’irangiza cya UEFA Champions league, yasize ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage itomboye PSG yo mu Bufaransa, Real Madrid yo muri Espagne itombora Liverpool yo mu Bwongereza. Ni tombora yaberaga i Nyon mu gihugu cy’Ubusuwisi. Bayern Munich na PSG zaherukaga guhurira muri UEFA Champions league mu mwaka […]

Gashyantare: Cassa Mbungo André ni we mutoza wahize abandi muri shampiyona ya Kenya

Umunyarwanda Cassa Mbungo André utoza ikipe ya Bandari FC yo mu kiciro cya mbere muri Kenya, yahembwe nk’umutoza wahize abandi muri iriya shampiyona mu kwezi kwa Gashyantare. Ikipe ya Bandari FC kuri Twitter yayo yavuze ko kuba Cassa yahembwe nk’umutoza w’ukwezi nta gitunguranye kirimo, ishimangira ko ari ikimenyetso cy’uko ibyiza biri imbere. Bandari FC iri […]

Uburayi: Ibyinshi mu bihugu byari byahagaritse urukingo rwa AstraZeneca byavuye ku izima

Kuva kuri uyu wa Gatanu ibihugu bitandukanye byo ku mugabane w’Uburayi birasubukura igikorwa cyo gukingira abaturage babyo COVID-19 byifashishije urukingo rwa AstraZeneca, nyuma y’igihe byarahagaritse uru rukingo. AFP yavuze ko ba Minisitiri b’Ubuzima mu bihugu by’Ubutaliyani n’Ubudage bayitangarije ko ibikorwa byo gukingira hifashishijwe urukingo rwa AstraZeneca bisubukurwa kuri uyu wa Gatanu. Ku wa Gatanu kandi […]

Museveni yajyanye ikinyamakuru Daily Monitor mu nkiko

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yajyanye mu nkiko ikinyamakuru Daily Monitor agishinja kumushushanya nk’umuntu w’umuhemu. Ni nyuma y’inkuru yatambutse muri kiriya kinyamakuru kigendeye ku yanditswe bwa mbere n’ikinyamakuru Wall Street Journal cyo muri Amerika, ivuga ko Museveni n’abantu ba hafi ye bikingije COVID-19 mu ibanga, mu gihe Uganda itari yakakiriye inkingo za kiriya cyorezo. […]

Perezida Kagame yunamiye ‘inshuti n’umuvandimwe’ we Magufuli

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yifatanyije n’abayobozi batandukanye ku Isi mu kunamira Perezida John Pombe Magufuli wa Tanzania witabye Imana. Mu ijoro ryakeye ni bwo Visi-Perezida wa Tanzania, Samia Hassan Suluhu, yatangaje ko Magufuli yitabye Imana aguye mu bitaro byitiriwe Jakaya Kikwete i Dar Es Salaam. Mu ijambo ryatambutse kuri Televiziyo y’igihugu, Madamu Suluhu yatangaje […]

Urwibutso rwa Magufuli ku Rwanda, igihugu yasuye bwa mbere nka Perezida wa Tanzania (Amafoto)

img-20210318-wa0026.jpg

Mu ijoro ryakeye ni bwo Visi-Perezida wa Tanzania, Samia Hassan Suluhu, yatangaje ko Dr John Pombe Magufuli wari Perezida w’iki gihugu yitabye Imana aguye mu bitaro byitiriwe Jakaya Kikwete i Dar Es Salaam. Perezida Magufuli waherukaga kurahirira kuyobora Tanzania muri manda ya kabiri y’imyaka ine iri imbere, byatangajwe ko yazize indwara y’umutima. Perezida Magufuli w’imyaka […]

Umucungagereza yafashwe amashusho asambana n’imfungwa

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa muri Afurika y’Epfo, rwatangaje ko rwakozwe n’ikimwaro nyuma y’amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umwe mu bacungagereza asambana n’imfungwa. Byabereye muri gereza ya Ncome iherereye mu ntara ya KwaZulu-Natal, mu gice cy’Uburasirazuba bwa Afurika y’Epfo. Umuvugizi w’Urwego rwa Afurika y’Epfo rushinzwe imfungwa n’abagororwa, Singabakho Nxumalo, yavuze ko ibyabereye muri iriya gereza […]

Shaddyboo yameneye abagabo ibanga ry’ibisigaye bishimisha abagore bitari amafaranga

Umunyarwandakazi Mbabazi Shadia wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka ‘Shaddyboo’, yameneye abagabo ibanga ry’uko hari ibindi bakwiye guha abagore babo mu rwego rwo kubashimisha bitari amafaranga. Shaddyboo yabigarutseho mu gihe byakunze kuvugwa ko abagore n’abakobwa bakunda ubuzima bworoshye, bikaba byiza iyo abakunzi babo bafite agatubutse, imodoka zihenze ndetse bakunze kubatunguza impano. Shaddyboo mu butumwa yanyujije kuri […]

Umutoni Naomi wari Cepine muri UR yitabye Imana

Umutoni Naomi wari Umunyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda aho yari ahagarariye abanyeshuri bagenzi be (Cepine), yitabye Imana ejo ku wa Kabiri. Inkuru y’incamugongo y’urupfu rw’uyu mwana w’umukobwa yamenyekanye mu gitondo cy’Ejo ku wa Kabiri tariki ya 16 Werurwe, mbere yo kwemezwa n’Ihuriro ry’abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda (URSU). Iri huriro kuri Twitter ryagize riti: “Ihuriro […]

Real Madrid na Manchester City ziyongereye ku makipe azakina 1/4 cya Champions league

Ikipe ya Real Madrid na Manchester City, ziyongereye ku makipe azakina ¼ cy’irangiza cya UEFA Champions League, nyuma yo gusezerera Atalanta na Borussia Mönchengladbach. Madrid y’umutoza Zinedine Zidane yatsinze Atalanta yo mu Butaliyani ibitego 3-1, iyisezerera ku giteranyo cya 4-1. Real Madrid yakiriye uyu mukino wo kwishyura wa 1/8 mu gihe yari yatsinze ubanza wabereye […]

Umutoza Lomami Marcel yatawe muri yombi

Umutoza wungirije wa Gorilla FC yo mu Cyiciro cya Mbere hano mu Rwanda, Lomami Marcel, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa ku bushake ndetse no guhoza ku nkeke uwo bashyingiranywe. Lomami yafashwe kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 16 Werurwe mbere yo kujya gufungirwa kuri Sitasiyo ya RIB […]

CAF CL: Meddie Kagere na Simba ye banyagiye El Merrick yo muri Sudani

Ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania, yiyongereye icyizere cyo kugera muri 1/4 cy’irangiza cya CAF Champions league, nyuma yo kunyagira El Merrick yo muri Sudani ibitego 3-0. Hari mu mukino wa kane wo mu tsinda A iyi kipe y’Umunyarwanda Meddie Kagere yari yakiriyemo abanya-Sudani. Nta mukino n’umwe wo muri ririya tsinda […]

Bobi Wine wari ufite gahunda yo gushyikiriza ikirego Gen Muhoozi yajyanwe ahantu hatazwi

Umunya-Politiki, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yongeye gufatwa n’abashinzwe umutekano bamujyana ahantu hatazwi. Daily Monitor yavuze ko uyu munya-politiki yafatiwe ku kicaro gikuru cy’ishyaka NUP giherereye mu gace ka Kamwokya, ahari huzuye abashinzwe umutekano. Bobi Wine yari afite gahunda yo kujya ku kicaro gikuru cy’ingabo za Uganda (UPDF), aho […]

Nyirarugero yatunguwe no kubwirwa kuri terefoni ko yagizwe Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru

Nyirarugero Dancilla wagizwe Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, yatangaje ko yakangutse ubwo telefoni nyinshi zamuhamagaraga nijoro, agatungurwa no kubwirwa ko agizwe Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru. Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today, yavuze ko inkuru y’uko yabaye Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru yayibwiwe n’inshuti ze zamukanguye yamaze kuryama. Ati: “Iriya nkuru nayimenye mu masaha akuze mu ma saa tanu, abantu bankanguye […]

U Rwanda rwatangiye gukingira abasirikare n’abapolisi barwo bari muri Centrafrique (Amafoto)

img_20210316_091522.jpg

Guverinoma y’u Rwanda ku wa Mbere, yatangiye gukingira icyorezo cya COVID-19 abasirikare n’abapolisi bari mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro muri Centrafrique (MINUSCA). Igikorwa cyo gukingira ziriya ntumwa z’u Rwanda cyabereye ku kicaro gikuru cya Batayo y’ingabo z’u Rwanda giherereye ahitwa Socatel M’poko, i Bangui. Gukingira abasirikare n’abapolisi bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, […]

Lionel Messi yeseje umuhigo ukomeye wari ufitwe na Xavi Hérnandez muri FC Barcelona

Lionel Messi yaraye atsindiye FC Barcelona ibitego bibiri muri 4-1 yanyagiyemo Huesca, yesa umuhigo wari ufitwe na Xavi Hérnandez wo gukinira iriya kipe imikino myinshi mu mateka. Lionel Messi yakinaga umukino wa 767 yambaye umwambaro wa FC Barcelona. Ibitego bibiri yatsinze byiyongera ku cya Antoine Griezmann n’icya myugariro Oscar Mingueza, byari bihagije kugira ngo FC […]

Nongeye kubizeza ko ntazigera mbateguha cyangwa RPF_Minisitiri Gatabazi abwira Perezida Kagame

Minisitiri Mushya w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon. Gatabazi Jean Marie Vianey, yijeje Perezida wa Repububulika Paul Kagame kutazigera amuhemukira cyangwa ngo ahemukire umuryango FPR Inkotanyi, nyuma y”icyizere kigeretse ku kindi” yagiriwe. Mu ijoro ryakeye ni bwo Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma, agira Gatabazi Jean Marie Vianey wari usanzwe ari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu. Yasimbuye […]

OMS yasabye ibihugu kudahagarika ikingira, mu gihe AstraZeneca ikomeje guteza impagarara

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), ryahamagariye ibihugu kudahagarika ibikorwa byo gukingira abaturage babyo COVID-19, mu gihe ibihugu byinshi bikomeje guhagarika guha abaturage babyo urukingo rwa AstraZeneca. Ubufaransa n’Ubudage kuri uyu wa Mbere byabaye ibindi bihugu bihagaritse guha abaturage babyo urukingo rwa AstraZeneca rwakozwe na Kaminuza ya Oxford yo mu Bwongereza. Ni nyuma y’ibindi […]

Karim Benzema yongeye gutabara Real Madrid ayivana mu menyo ya Elche

Umufaransa Karim Benzema yongeye gutabara Real Madrid, nyuma yo kuyiheka ku mugongo we akayihesha intsinzi imbere ya Elche yari yayisuye. Ni Madrid yari yakiriye Elche kuri Stade yitiriwe Di Stefano, mu mukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona ya Espagne. Umukino wageze ku munota wa 72 Elche iri imbere n’igitego 1-0 cyatsinzwe n’umutwe na Dani Calvo […]

U Rwanda rushobora kohereza abandi basirikare 800 muri Centrafrique

Umuryango w’Abibumbye ku wa Gatanu, wafashe icyemezo cyo kongera umubare w’abasirikare n’abapolisi bari mu butumwa bwawo bwo kubungabunga amahoro muri Repububulika ya Centrafrique (MINUSCA). Ni icyemezo akanama gashinzwe umutekano muri Loni kafashe, ku busabe bw’Umunyamabanga Mukuru w’uriya muryango, Antonio Gutteres cyo kimwe n’umuyobozi wa MINUSCA. Loni yemeye kohereza abasirikare muri Centrafrique abasirikare b’inyongera 2,750 n’abapolisi […]

Uganda: Umuhungu wa Idi Amin ari mu mazi abira

Urwego rwa Uganda Rushinzwe iperereza ku byaha (CID), ruri gukora iperereza kuri Taban Idi Amin usanzwe ari umuhungu wa Idi Amin Dada wabaye Perezida wa kiriya gihugu, kubera akayabo k’amashiringi ashinjwa kugira uruhare mu kunyereza. Taban Idi Amin usanzwe ari inkoramutima ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni, asanzwe ari Umuyobozi wungirije w’Urwego rwa Uganda Rushinzwe umutekano […]

Nyamasheke: Umugabo yishe umugore we amujugunya mu musarane, na we agerageza kwiyahura

Umugabo witwa Nteziryimana Jean Paul wo mu mudugudu wa Gitwa w’akagari ka Gasovu mu murenge wa Karambi ho muri Nyamasheke, yishe umugore we amujugunya mu musarane na we agerageza kwiyahuza samakombe. Byabaye ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki ya 12 Werurwe. Amakuru BWIZA yahawe n’umwe mu baturanyi b’uriya muryango ni uko Nteziryimana w’imyaka 40 […]

Umuherwe Patrice Motsepe yatorewe kuba Perezida wa CAF

Umunyemari Patrice Motsepe wo muri Afurika y’Epfo, ni we watorewe kuba Perezida wa karindwi w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF). Motsepe usanzwe ari nyir’ikipe y’umupira w’amaguru ya Mamelodi Sundowns, yemerejwe nka Perezida wa CAF mu nteko rusange ya 43 y’iriya mpuzamashyirahamwe yabereye muri Maroc. Uyu mugabo usanzwe ari umuherwe wa 9 muri Afurika, yasimbuye kuri […]

Bruce Melodie yakuruye impaka nyuma yo kuvuga ko ntaho ahuriye na Meddy na The Ben

img-20210312-wa0020.jpg

Umuhanzi Itahiwacu Bruce umaze kumenyekana mu muziki nyarwanda nka Bruce Melodie, yateje impaka mu bakunzi b’umuziki nyuma yo kugaragaza ko ntaho ahuriye na Meddy na The Ben yemeza ko ari ‘abanebwe’. Mu ntangiriro z’iki cyumweru ku mbuga nkoranyambaga hatangiye gukwirakwizwa amajwi y’umuhanzi Bruce Melodie wigambaga ko ntaho agihuriye n’abahanzi Meddy na The Ben bafatwa nk’abayoboye […]

Sergio Ramos yavuze uburyo butangaje yakwakiramo Messi aramutse amusanze muri Real Madrid

Sergio Ramos usanzwe ari Kapiteni wa Real Madrid, yatangaje ko Lionel Messi yemeye kuva muri FC Barcelona akajya muri Real Madrid yemera kuba amweguriye inzu ye mu byumweru bike mu gihe yaba agishakisha iye yo kubamo. Ramos yabigarutseho ejo ku wa Kane mu kiganiro “Charlando Tranquilamente” yagiranye n’icyamamare Ibai Llanos wamubajije niba yakwemera guha ikaze […]

Umunyarwenya Eric Omondi yatawe muri yombi azira filime y’urukozasoni aheruka gusohora

Polisi ya Kenya kuri uyu wa Kane, yataye muri yombi umunyarwenya Eric Omondi ukomeye cyane muri kiriya gihugu, imukurikiranyeho gusakaza amashusho y’urukozasoni. Omondi yatawe muri yombi n’urwego rwa DCI rushinzwe gukora iperereza ku byaha. Icyaha uyu munyarwenya akurikiranweho, gifitanye isano na filimi yise ‘Wife Material’ aheruka gusohora. Itabwa muri yombi rya Omondi ryemejwe na Ezekiel […]

RDF yohereje abasirikare bashya muri misiyo i Malakal

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), cyatangiye igikorwa cyo gusimbuza abasirikare bacyo bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS). Ku wa Gatatu tariki ya 10 Werurwe ni bwo itsinda rya mbere rigizwe n’abasirikare 128 mu 157 bagomba kujya muri buriya butumwa, ryahagurutse i Kigali ryerekeza i Malakal muri Sudani y’Epfo. Aba basirikikare […]

UEFA CL: Bwa mbere mu myaka 16 Messi na Cristiano Ronaldo babaye insina ngufi

Bwa mbere mu myaka 16 ishize Lionel Messi na Cristiano Ronaldo bombi bananiwe kurenga 1/8 cy’irangiza cya UEFA Champions league. Ni nyuma y’imikino yo kwishyura ya 1/8 yakinwe ku wa Kabiri no ku wa Gatatu w’iki cyumweru. Cristiano Ronaldo na Juventus ye basezerewe na FC Porto yo muri Portugal ibifashijwemo n’ibitego byinshi yatsindiye mu Butaliyani, […]

Myanmar: Umubikira yashimwe na benshi ku bw’igikorwa kidasanzwe yakoreye mu maso y’abapolisi

Umubikira witwa Ann Rose Nu Tawng wo mu gihugu cya Myanmar [cyangwa Burmanie], yashimwe na benshi nyuma y’igikorwa cy’ubutwari yakoze cyo kurokora ubuzima bw’abana bato bashoboraga guhutazwa na Polisi ubwo yavudukanaga abigaragambya. Ifoto y’uyu mubikira wari wambaye ikanzu y’umweru, apfukamye imbere y’abapolisi bo mu gatsiko kahiritse ubutegetsi asa n’uterana na bo amagambo, ikomeje guca ibintu […]

RDC: Ingabo z’u Burundi zabonwe muri Kivu y’Amajyepfo

Ishyirahamwe ryo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryavuze ko kuva ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ingabo z’u Burundi zikomeje kugaragara muri iyi ntara zikurikiye inyeshyamba za Red-Tabara. Itangazo iri shyirahamwe ryitwa MSV (Mouvement de Solidarité aux Victimes de la Guerre de Moyens et Hauts Plateaux d’ltombwe) riheruka gusohora, rivuga […]

Rubavu: Hangijwe urumogi na kanyanga bifite agaciro k’asaga Frw miliyoni 200

img-20210310-wa0007.jpg

Ku wa Kabiri Tariki ya 09 Werurwe, mu murenge wa Nyakiliba mu karere ka Rubavu habereye igikorwa cyo kwangiza ibiyobyabwenge bifite agaciro k’abarirwa muri Frw miliyoni 200. Ibiyobyabwenge byangijwe bingana n’ibiro 1,800; birimo urumogi rungana n’ibiro 1,550 n’inzoga ziganjemo Kanyanga. Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Habyarimana Gilbert, yavuze ko biriya biyobyabwenge byangijwe ari ibyagiye bifatwa mu […]