Londres: Abapolisi bagereranyije Meghan Markle n’igipupe cya “golliwog” birukanwe

prince-harry-duke-of-sussex-and-meghan-duchess-of-sussex-news-photo-1637686263.jpg

Abapolisi babiri b’u Bwongereza birukanwe mu kazi kabo nyuma yo kohereza ubutumwa buteye isoni mu kiganiro mu itsinda kuri Whatsapp, harimo n’urwenya rushingiye ku ivangura kuri Duchess of Sussex, Meghan Markle, umugore w’Igikomangoma Harry. Pc Sukhdev Jeer na Pc Paul Hefford, bakoraga mu ishami rya sitasiyo ya polisi ya Bethnal Green mu burasirazuba bwa Londres, […]

Kenya: William Ruto yibasiwe nyuma yo kuvuga ko azakurikirana Kenyatta natsinda amatora

Visi Perezida wa Kenya, Wiliam Ruto, yibasiwe bikomeye n’abantu batandukanye nyuma yo kuvuga ko ateganya kuzakurikirana mu mategeko Perezida Uhuru Kenyatta naramuka atsinze amatora ya perezida. Abafatanyabikorwa ba Perezida Kenyatta ndetse n’umufatanyabikorwa we azaba anashyigikiye muri ayo matora ateganyijwe mu kwezi gutaha, Raila Odinga, bafatanyije kwibasira Ruto. Bayobowe n’umuvugizi wa Azimio, Junet Mohamed, abayobozi batandukanye […]

Sosiyete ikomeye y’Abafaransa irashinjwa gufasha inyeshyamba muri Centrafrica

Abashinjacyaha bo mu Bufaransa barwanya iterabwoba batangiye iperereza ku birego bivugwa ko bishobora gufatwa nk’ubufatanyacyaha mu byaha by’intambara biregwa sosiyete y’Abafaransa, Groupe Castel, muri Repubulika ya Centrafrica (CAR), nk’uko amakuru aturuka hafi y’iki kibazo yageze kuri Reuters ku wa Gatanu avuga. Amakuru avuga ko ishami ry’iyi sosiyete ikora ibinyobwa y’Abafaransa rikekwaho kuba ryarahaye amafaranga umutwe […]

Perezida wa Belarus arashinja Ingabo za Ukraine kurasa mu gihugu cye

Perezida wa Belarus, Alexander Lukashenko, aravuga ko ingabo ze zarashe misile zarashwe mu gihugu cye zivuye muri Ukraine kandi yizeza guhita asubiza ibitero by’abanzi byose. Ibiro Ntaramakuru Belta kuri uyu wa Gatandatu ushize byasubiyemo amagambo ya Perezida Lukashenko agira ati: “Turimo gushotorwa.” Yakomeje agira ati: “Ndagira ngo nkubwire ko hashize iminsi itatu, cyangwa irenga, bagerageje […]

RDC: Col. Cikapa yavuze ku myenda ya gisirikare bivugwa ko yatumwe na François Beya mu Bubiligi

Urubanza rwa François Beya wahoze ari “umujyanama wa perezida mu by’umutekano” rwasubukuwe ku wa gatanu muri gereza nkuru ya Makala, hatangira kwitaba abaregwa. Abacamanza barimo kugerageza kumva ibirego bishinjwa François Beya ukurikiranyweho by’umwihariko “umugambi mubisha” wo kugirira nabi Perezida FĂ©lix Tshisekedi, ndetse n’abo bareganwa 4 barimo ‘assistant’ we, abakoloneli babiri ba FARDC ndetse na komiseri […]

Umugande ukomoka mu Rwanda utakwerekana igisekuru cye kuva mu 1926 afatwa nk’umunyamahanga

Abagande bafite inkomoko mu Rwanda ngo baba bakomeje gukorerwa ivangura kugeza uyu munsi nubwo bimwe mu yatumye Museveni afata intwaro akajya kurwanya ubutegetsi bwa Idi Amin hari harimo n’ivangura nk’uko byagarutsweho n’Umunyamakuru Andrew Mwenda mu gitekerezo cye yatambukije ku kinyamakuru cye The Independent, atanga urugero rw’Abagande bimwa za passport cyangwa ibindi byangombwa kubera kunanirwa kwerekana […]

Papa yageneye ubutumwa bukomeye ibihugu byo muri Afurika atashoboye gusura

Kuri uyu wa Gatandatu, Papa Francis yasabye abaturage n’abayobozi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Sudani y’Epfo “guhindura page” no gushyiraho inzira nshya z’ubwiyunge, amahoro n’iterambere. Umushumba wa Kiliziya Gaturika yasohoye ubutumwa bwa videwo ku munsi yateganyaga gutangira urugendo rw’icyumweru, yasubitse, mu bihugu byombi byo muri Afurika. Yahagaritse urugendo mu kwezi gushize kubera ububabare […]

Perezida Erogan yiyemeje gushyira Igisirikare cya Turkiya ku mwanya wa mbere ku Isi

Perezida wa Turkiya, Recep Tayyip Erdogan, yiyemeje gushyira igisirikare cy’igihugu cye “ku mwanya wa mbere” ku Isi, avuga ko kimaze kugera ku bikorwa “bitangaje” ndetse n’iterambere rikomeye mu bijyanye n’imyitozo muri iyi myaka ishize. Ku wa Gatanu, Perezida Erdogan mu muhango wo gutanga impamyabumenyi muri kaminuza nkuru y’ingabo z’igihugu cya Turkiya i Istanbul, yashimye igisirikare […]

Muri miliyari 1907.1 Frw y’imisoro yari yasabwe gukusanya RRA yarengejeho miliyari 75,8 Frw

Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro kiratangaza ko mu mwaka w’isoresha wa 2021-2022 wasoje kuwa Gatanu ushize, icyo kigo cyashoboye gukusanya Miliyali 1907.1 Frw. Ubuyobozi bw’iki kigo bugaragaza ko bwiteguye kuzuza inshingano bahabwa zo gukusanya hejuru ya 45.8% by’ingengo y’imari nshya. Mu mwaka wasojwe kuwa Gatanu, RRA yari yarasabwe gukusanya amafaranga agera kuri miliyali 1831.3 ariko kugeza […]

Kenya: William Ruto yiyemeje kuzakurikirana Uhuru Kenyatta naramuka atsinze amatora

Visi Perezida wa Kenya, Wlliam Ruto, yiyemeje kuzashinga itsinda ry’abacamanza rigomba kuzakora iperereza ku bikorwa na politiki bya Perezida Uhuru Kenyatta naramuka atsinze amatora yo kuwa 09 Kanama, kandi ko azahindura politiki zitandukanye za Kenyatta, ndetse atazatinya kumukurikirana naramuka avuye ku butegetsi. Muri manifesto ya Klenya Kwanza yatangijwe mu ijoro ry kuwa Kane ushize, Ruto […]

Perezida Putin aremeza ko u Burusiya na Belarus bishobora kuba igihugu kimwe vuba

Perezida Vladimir Putin yavuze ko “igitutu cya politiki n’imibereho bitigeze bibaho” bituruka mu Burengerazuba, ndetse n’ibihano byafashwe nyuma yo gutera Ukraine, biri gusunikira Belarus n’u Burusiya kwishyira hamwe bikaba igihugu kimwe byihuse kurushaho. Ku wa Gatanu, umuyobozi w’u Burusiya w’imyaka 69 yabwiye inama ko igitutu “kidusunikira kwihutisha inzira yo kwishyira hamwe”. Ati: “Ibyo byakorwa kugira […]

U Burusiya burashinjwa gukoresha ibisasu bitemewe ku basivili ku kirwa cya Ukraine

2022-05-13t025432z_1984536564_rc2t5u9ffbr1_rtrmadp_3_ukraine-crisis-satellite-1.jpg

Igisirikare cya Ukraine cyashinje icy’u Burusiya kugaba ibitero gikoresheje ibisasu bitwika bikoze mu kinyabutabire cya phosphorus ku Kirwa cya Snake, nyuma y’umunsi umwe Moscow ikuye ingabo zayo kuri iki kirwa kiri mu Nyanja y’Umukara. Indege ebyiri z’intambara zo mu bwoko bwa Su-30 nizo zajugunye ibibombe bya phosphorus ubwo zanyuraga hejuru y’ik kirwa ziturutse muri Crimea […]

Ingabo z’u Burundi muri AMISOM ziracyashakisha imirambo ya bagenzi babo bishwe na Al Shabab

Ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Somalia zasubukuye kuva kuwa Mbere igikorwa cyo gushakisha imirambo y’abasirikare biciwe mu gitero cya Al Shabab ku brindiro byabo hafi ya El-Baraf ku itariki ya 3 Gicurasi 2022. Radio Ijwi ry’Abayagihugu (RPA), yatangaje ko kuwa Mbee izi ngabo z’u Burundi zabashije kubona ibisigazwa by’imibiri ya […]

Le parquet se saisit du dossier des responsables de la FERWAFA

Le Bureau d’enquĂȘte du Rwanda (RIB) a confirmĂ© la soumission Ă  l’AutoritĂ© nationale des poursuites pĂ©nales (NPPA) du cas des responsables de la FĂ©dĂ©ration rwandaise de football (FERWAFA). Thierry Murangira, le porte-parole de RIB, a indiquĂ© que l’affaire a Ă©tĂ© transmise Ă  la NPPA, lundi 27 juin, pour complĂ©ment d’enquĂȘte. Les trois suspects, FĂ©lix Nzeyimana, […]

Ntabwo nshobora kujyana abana banjye ku ishuri, sinshobora kujya ku isoko – Umunyarwandakazi uba i Kinshasa

Ubuzima muri Kinshasa bwagendaga neza kuri Zawadi, umubyeyi w’abana babiri waturutse mu Rwanda, kugeza igihe imirwano ibera kure cyane y’aho ari, iteje Abanyekongo kurakarira igihugu cye ndetse na videwo z’abagabo bafite imihoro mu mihanda yo mu mujyi bashakisha Abanyarwanda zikagaragara ku mbuga nkoranyambaga. Ibibazo byatangiye muri Gicurasi, ubwo umutwe w’inyeshyamba za M23 wongeraga kurwana cyane […]

Sudani yasutse amabombe mu gace ipfa na Ethiopia nyuma y’iyicwa ry’abasirikare bayo barindwi

Umutegetsi wo muri Ethiopia yavuze ko Ingabo za Sudani zakoresheje imbunda nini mu gihe cy’imirwano yaberaga mu karere k’iburasirazuba katavugwaho gahana imbibi na Ethiopia, nyuma y’aho Sudani ishinje Ethiopia kwica abasirikare bayo barindwi n’umusivili umwe. Kuri uyu wa Kabiri ushize, Sudani yashoboye kwigarurira Jabal Kala al-Laban, agace kegereye umupaka, nyuma y’igitero cya bombe n’igitero cy’indege, […]

Colombia: Byibuze imfungwa 51 zahitanwe n’inkongi y’umuriro muri gereza

Byibuze imfungwa 51 zapuye izindi 24 zirakomereka nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye Gereza ya Tulua, iherereye mu majyepfo y’uburenerazuba bwa Colombia nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kabiri ushize n’abayobozi babanje gutangaza igikorwa cyo kugerageza gutoroka. “Umwe mu mfungwa yatwitse matela ye” mu kavuyo umuriro utangira gukwirakwira nk’uko byasobanuwe na minisitiri w’ubutabera, Wilson Ruiz, atangaza imibare yatangajwe […]

Minisitiri Truss aremeza ko hari ibihugu bishaka kwigana gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bwongereza, Liz Truss, yasubije umudepite Neil Coyle ubwo yageragezaga kuzamura ikibazo kuri gahunda y’u Bwongereza yo kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda abaza niba iyi gahunda yubahirije amategeko, amusubiza ko ahubwo hari ibindi bihugu bishaka gutera ikirenge mu cy’u Bwongereza. Liz Truss yari imbere ya komite y’inteko ishinga amategeko ishinzwe ububanyi n’amahanga. […]

RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23

Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye, bya hafi cyangwa kure, n’umutwe wa M23 n’intambara yayo, bakavuga ko ababahuza n’uyu mutwe ari abanzi b’igihugu. Itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizweho umukono na Enock Ruberangabo Sebineza, wari minisitiri w’icyubahiro muri Guverinoma ya Matata akaba na perezida w’icyubahiro w’ishyirahamwe Shikama / Banyamulenge yamaganye abantu bose babahuza n’intambara […]

IGP Dan Munyuza yitabiriye inama ya Interpol muri Benin

Umuyobozi w’Igipolisi cy’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, ari kumwe n’Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Isabelle Kalihangabo, bari mu gihugu cya Benin mu Mujyi wa Cotonou, aho bitabiriye inama ya Interpol ibaye ku nshuro ya 25 ihuza ibihugu byo mu Karere ka Afurika, yatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28 Kamena 2022. Iyi […]

Medvedev yavuze ikosa Ukraine ishobora gukora imaze kwinjira muri NATO rigateza intambara y’Isi

Ukraine ishobora kuzateza intambara ya 3 y’Isi yose mu gihe yamara kuba umunyamuryango wa NATO igatera Crimea ishaka kongera kuyisubiza nk’uko byatangajwe n’wahoze ari Perezida w’u Burusiya, Dmitry Medvedev. “Kuri twe, Crimea ni igice cy’u Burusiya. Kandi ibyo bizamera gutyo iteka. Kugerageza kose gutera Crimea ni ugutangiza intambara ku gihugu cyacu. Umunyamuryango wa NATO nabikora, […]

Dore urutonde rw’abafana rw’abakinnyi 10 ba mbere b’ibihe byose bakiniye FC Barcelona

maradona.jpg

Abakunzi b’ikipe y’umupira w’amaguru ya FC Barcelona yo muri Espagne batoye abakinnyi 10 beza b’ibihe byose bakiniye iyi kipe nk’uko tubikeha AfrikMag. Umwanya wa Lionel Messi ku rutonde watunguye abazi iby’umupira w’amaguru kuko bizeraga ko yari akwiye kuza imbere ushingiye kubyo yagezeho bidasanzwe ndetse no kuba umuntu udasanzwe mu kibuga. Messi yavuye muri Barcelona nyuma […]

Ituri: Imitwe ibiri y’Ingabo za FARDC yahuye ikozanyaho

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ushize, itariki 27 Kamena, mu gace ka Ngubo, mu birometero nka 15 ujya mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Biakato, muri groupement ya Bangole, Teritwari ya Mambasa, mu Ntara ya Ituri, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, habereye gukozanyaho hagati y’imitwe ibiri ya FARDC nyuma yo kwibeshyanaho. Amakuru atandukanye muri […]

Abaherwe batanu ba mbere bakize kurusha abandi muri Kenya

merali.jpg

Nk’uko raporo yakozwe na Oxfam International, umuryango mpuzamahanga utabara imbabare urwanya ubusumbane, ibigaragaza, Abanyakenya babiri ba mbere bakize cyane bafite umutungo uruta ubutunzi rusange bw’abaturage miliyoni 16.5, ibyerekana icyuho kinini kiri mu butunzi hagati y’abatunzi n’abakene. Raporo yerekana ko Sameer Naushad Merali yagumanye izina rye ry’umukire wa mbere muri Kenya ufite umutungo wa miliyoni 790 […]

Abimukira 46 bifuzaga kwinjira muri Amerika basanzwe mu ikamyo bapfuye

Ikamyo yari itwaye abimukira kuri uyu wa Mbere yasanzwemo imirambo 46 muri San Antonio, muri Leta ya Texas, mu majyepfo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’umunsi w’ubushyuhe bukabije, abantu batatu bakaba batawe muri yombi. Iyi nsanganya, imwe mu mbi cyane mu bijyanye n’ubwimukira mu myaka yashize, ije nyuma y’imyaka itanu habaye indi nk’iyi […]

Uganda: Minisitiri yakubitiwe mu kiliziya abona ko ari inzu nk’izindi

Umugabo w’imyaka 39 afunzwe na polisi nyuma yo gutabwa muri yombi ashinjwa gukubitira urushyi muri Kiliziya ya St. Michel, ku cyumweru gishize, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imirimo n’ubwikorezi, Musa Ecweru. Ni kiliziya iherereye mu Karere ka Amuria muri Uganda. Bivugwa ko uyu munyamabanga wa leta usanzwe ari n’umudepite uhagarariye Amuria mu nteko, yari yitabiriye misa […]

Vietnam yiteguye guhaza Isi ku muceri u Buhinde nibuhagarika uwo bwohereza hanze

Kuri uyu wa Mbere, urubuga rw’amakuru rwa VietnamNet rwatangaje ko Vietnam yiteguye kongera umuceri yohereza mu mahanga mu gihe u Buhinde nk’igihugu cyoherezaga mwinshi ku Isi cyaba kibihagaritse. Ku bwa Nguyen Nhu Cuong, wo mu ishami rishinzwe umusaruro w’ibihingwa muri Minisiteri y’ubuhinzi n’iterambere ry’icyaro, Vietnam isarura toni miliyoni 26-28 z’umuceri ku mwaka, kandi toni zigera […]

Un imitateur présumé appréhendé à Gatsibo

Un homme du district de Gatsibo, secteur de Muhura, a Ă©tĂ© arrĂȘtĂ© pour s’ĂȘtre fait passer pour le personnel du Rwanda Energy Group (REG) afin d’escroquer des rĂ©sidents sans mĂ©fiance promettant de connecter leurs maisons Ă  l’Ă©lectricitĂ©. David Nkotanyi, 25 ans, a Ă©tĂ© arrĂȘtĂ© le samedi 25 juin, aprĂšs que des habitants se soient mĂ©fiĂ©s […]

Burundi: Haranengwa ubusumbane bw’ubwoko bukomeje kugaragara mu nzego za leta

Ishyirahamwe LIGUE ITEKA, riharanira uburenganzira bwa muntu mu Burundi, rirasaba Leta y’iki gihugu gukosora ubusumbane bw’ubwoko bugaragara mu nzego za Leta, aho mu ngero ritanga mu cyegeranyo cyashyizwe ahagaragara muri uku kwezi, ryerekana ko iperereza ryakoze mu makomini 119 agize u Burundi ryasanze abayobozi bayo 86 ari Abahutu mu gihe Abatutsi ari 33. LIGUE ITEKA […]

Huye: Barembejwe n’inkoni z’abanyerondo baba babishyuza amafaranga y’irondo

Mu Murenge wa Tumba, mu Karere ka Huye, bamwe mu baturage baravuga ko barembejwe n’inkoni z’Abanyerondo babakubita babaziza amafaranga y’irondo, aho ngo uwo basanze atayafite akubitwa kakahava, ariko ubuyobozi bukaba bwiyemeje guhana abafite iyo myitwarire. Ubusanzwe mu rwego rwo kugira uruhare mu kwicungira umutekano mu bice by’ibyaro usanga umuturage arara irondo, mu gihe mu bice […]

Bwa mbere mu myaka isaga 100 ishize u Burusiya bwananiwe kwishyura imyenda yabwo

Ku nshuro ya mbere kuva mu 1918, u Burusiya bwananiwe kwishyura imyenda burimo hanze y’igihugu nyuma y’aho kuri iki Cyumweru burengeje igihe cyo kwishyura bwa mbere nyuma y’imyaka isaga 100. U Burusiya bwagombaga kwishyura miliyoni 100 z’Amadolari kandi buremera kwishyura, ariko ibihano bwafatiwe bwatumye butabasha gukusanya ayo mafaranga ngo bwishyure inguzanyo z’amahanga. Kremlin yari yariyemeje […]

François Beya ushinjwa gushaka kwica Perezida Tshisekedi agiye gutangira kuburana

Nyuma y’aho ubwunganizi bwa François Beya, wahoze ari umujyanama wa Perezida Tshisekedi mu by’umutekano ukurikiranweho gucura umugambi wo kumwivugana, bunaniwe kubuza Urukiko rwa gisirikare kumuburanisha, guhera kuri uyu wa Kabiri agiye gutangira kuburanishwa nyuma y’aho hemerejwe ko uru rukiko rufite ubwo bubasha. Ubwunganizi bwa Beya bwavugaga ko urukiko rukuru rwa gisirikare rudafite ububasha bwo kuburanisha […]

Sudani irashinja Ethiopia kwica abasirikare bayo barindwi n’umusivili

Igisirikare cya Sudani cyashinje icya Ethiopia kwica abasirikare 7 ba Sudani n’umusivili bari bafashwe nk’uko cyabitangaje mu itangazo cyashyize ahagaragara kuri iki Cyumweru, itariki 26 Kamena. Igisirikare cya Sudani kandi cyashinje icya Ethiopia gushyira ku karubanda imirambo y’abishwe kibereka abaturage, gisezeranya ko kizasubiza mu buryo bukwiye. ” Iki gikorwa cy’ubuhemu ntikizatambuka nta gisubizo,” Ntacyo abayobozi […]

Ngororero: Arashinjwa kwica muramuna w’umugore we yajyaga ajya kuraza nyuma yo kumusangana n’undi mugabo

Umugabo wo mu Karere ka Ngororero ushinjwa kwica umuvandimwe w’umugore we nyuma yo kumusangana n’undi mugabo agahita atoroka, akurikiranweho n’ubushinjacyaha icyaha cyo kwica yabigambiriye nyuma yo kongera kuboneka nyuma y’amezi atandatu. Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko icyo cyaha cyakozwe mu ijoro ryo ku itariki ya 20 Ugushyingo 2021, mu Kagari ka Kagano, Umurenge […]

Igikomangoma Charles: Miliyoni yahawe n’uwari Minisitiri w’Intebe wa Qatar akomeje kwibazwaho

Ikinyamakuru Sunday Times cyatangaje ko igikomangoma cya Wales cyemeye ivalisi irimo miliyoni y’Ama-Euro cash kiyahawe n’uwahoze ari Minisitiri w’intebe wa Qatar. Iki kinyamakuru kivuga ko iyi yari imwe mu mpano eshatu zatanzwe na Sheikh Hamad bin Jassim zingana na miliyoni eshatu z’amayero. Ibiro by’Igikomangoma Charles byavuze ko impano zatanzwe na sheikh Hamad zahise zishyikirizwa umwe […]

Afurika y’Epfo: Urujijo ku cyahitanye abantu 17 basanzwe mu kabyiniro bapfuye

Igipolisi cyo muri Afurika y’Epfo cyasanze imirambo igera kuri 17 mu kabyiniro gaherereye mu Mujyi wa East London nk’uko byemezwa n’ibinyamakuru byo muri iki gihugu. Ibitangazamakuru bivuga ko imirambo yabonetse ahitwa Enyobeni Tavern mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, itariki ya 26 Kamena. Amakuru ataragenzurwa neza aravuga kandi ko abandi benshi bakomeretse mu gihe imibare […]

Le Gabon et le Togo admis dans le groupe des nations du Commonwealth

Les nations africaines du Gabon et du Togo ont Ă©tĂ© admises dans le groupe des nations du Commonwealth. “Nous leur souhaitons la bienvenue”, a dĂ©clarĂ© samedi Ă  la presse le prĂ©sident rwandais Paul Kagame, dont le gouvernement a organisĂ© un sommet des dirigeants du Commonwealth cette semaine. Le Gabon et le Togo sont des pays […]

Impunzi z’Abanyarwanda muri Mozambique mu bwoba bwo gucyurwa ku ngufu

Impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Mozambike ziravuga ko zihatirwa kwemera gutaha “ku bushake” kandi ko amasezerano yo kohererezanya abanyabyaha yashyizweho umukono hagati ya Mozambique n’u Rwanda mu cyumweru gishize ashobora gutuma abadashaka gutaha ku bushake basubizwa mu Rwanda ku gahato. Muri Mata, Ambasade y’u Rwanda i Maputo yatangiye ubukangurambaga bwo kumvisha impunzi gutaha, maze Abanyarwanda 19 […]

Uganda yibitseho kajugujugu nshya kabuhariwe z’intambara

20220617_100553-750x536.jpg

Amafoto ya kajugujugu eshatu zo kugaba ibitero zo mu bwoko bwa Mi-28N ziri gushyirwaho ibimenyetso bya Uganda aherutse kugaragara, bishimangira ko igihugu kuri ubu kigiye kwibikaho izi ndege z’intambara. Kajugujugu eshatu za Mi-28 zagaragaye ku birindiro by’igisirikare kirwanira mu kirere bya Entebbe ku ya 15 Kamena ubwo zasurwaga na Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni. Nubwo, […]

U Burusiya bugiye guha Belarus ibisasu bya kirimbuzi

Perezida Vladimir Putin yavuze ko u Burusiya bugiye koherereza inshuti yabwo, Belarus, misile zifite ingufu za kirimbuzi ziraswa mu ntera ngufi mu mezi macye ari imbere. Yavuze ko sisitemu ya Iskander-M “ishobora kurasa misile zo mu bwoko bwa ballistique na cruise, zaba izo mu bwoko bwa kirimbuzi ndetse n’ubwemewe”. Sisitemu ifite ubushobozi bwo kurasa mu […]

Kugwa kwa Severodonetsk, intsinzi ikomeye y’u Burusiya nyuma ya Mariupol

Ingabo z’u Burusiya zamaze kwigarurira Umujyi wa Severodonetsk, nk’uko byemejwe n’Umuyobozi w’uyu mujyi wo mu burasirazuba bwa Ukraine yemeza ko ari rwo rugamba rukomeye muri Ukraine rumaze ukwezi kurenga nyuma y’ibyumweru by’imirwano yo gufata umujyi w’ingenzi ndetse n’ikimenyetso giheruka cyo kwihagararaho kwa Ukraine. Ku wa Gatandatu, misile z’u Burusiya zaguye nk’imvura mu burengerazuba, mu majyaruguru […]

Huye: Umugore akurikiranweho kwica umugabo we amuziza 3,500 Frw

Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Huye bukurikiranye umugore w’imyaka 50 ukekwaho kuba yarishe umugabo we w’imyaka 50 amukubise isuka, mu rugo rwabo ruherereye, mu Mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Kabusanza, Umurenge wa Simbi, Akarere ka Huye. Ni icyaha Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko cyakozwe ku itarikiya 17 Kamena 2022. Mu ibazwa rye, ukekwa […]

FARDC ivuga ko yasubije inyuma M23 yashakaga gufata ikigo cya gisirikare cya Rumangabo

Nyuma yo ituze mu turere tw’imirwano hagati y’ingabo za FARDC n’inyeshyamba za M23, , imirwano yongeye kubura ku mugoroba wo ku wa Kane ushize ahantu hatandukanye muri Teritwari ya Rutshuru, aho bivugwa ko FARDC yasubije inyuma ibitero bya M23 ishaka kwigarurira ikigo cya gisirikare cya Rumangabo. Amakuru aturuka mu gisirikare yemeza ko imirwano ikomeje kubera […]

Ingabo za Ukraine zahawe amabwiriza yo kuva mu Mujyi wa Severodonetsk

Ingabo za Ukraine ziri mu Mujyi wa Severodonetsk zategetswe kuhava nk’uko byemejwe n’umuyobozi mukuru muri aka karere. Uyu mujyi niwo wibasiwe n’u Burusiya mu gihe bugerageza kwigarurira uduce twinshi two mu burasirazuba bwa Ukraine. Umuyobozi w’Akarere ka Luhansk, Serhiy Haidai, yagize ati: “Kuguma mu myanya imaze amezi menshi iraswaho gusa ntabwo byumvikana.” Ingabo z’u Burusiya […]

U Burusiya burigamba gusenya ibitwaro 50 n’ibigenga ya lisansi by’igisirikare cya Ukraine

Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yatangaje ko yakoresheje intwaro zisobanutse mu kugaba ibitero ku bigega bya lisansi by’igisirikare bya Ukraine no gusenya ibikoresho bya gisirikare hafi y’umujyi wa Mykolaiv uri mu majyepfo. Mu itangazo rye ryatanzwe mu mashusho, Umuvugizi wa Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya, Igor Konashenkov, yatangaje ko ingabo zirwanira mu kirere z’u Burusiya zasenye “ibitwaro […]

Tunisia: Uwahoze ari minisitiri w’intebe yatawe muri yombi n’igipolisi

Kuri uyu wa Kane, itariki 23 Kamena, Igipolisi cya Tunisia cyataye muri yombi uwahoze ari Minisitiri w’Intebe, Hamadi Jebali, wahoze ari umuyoboke mukuru mu ishyaka rya kisilamu rya Ennahda, akekwaho kunyereza amafaranga, nk’uko umwunganizi we yabitangarije Reuters. Polisi yo mu mujyi wa Sousse yafashe terefone ya Jebali na terefone y’umugore we imujyana ahantu hatazwi nk’uko […]

Boris Johnson yavuze ko u Rwanda rw’ubu rutandukanye n’urwo mu myaka isaga 20 ishize

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza uri mu Rwanda guhera kuri uyu wa Kane, aho yaje kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma (CHOGM 2022) igomba kuba kuri uyu wa Gatanu no kuwa Gatandatu, yagarutse kuri gahunda igihugu cye gifite yo kohereza abasaba ubuhungiro ndetse yibutsa abafata u Rwanda nk’uko rwari rumeze myaka isaga 20 ishize ko […]

M23 ihakana uruhare mu rupfu rw’abasivili 13 yaba yarahinduye umuvuno

Umutwe wa M23 urahakana ko waba waragize uruhare mu rupfu rw’abaturage basaga 10 baherutse kwicirwa mu mirwano ikaze yabereye mu bice bitandukanye bya Rutshuru, aho FARDC yemeje ko ibisasu bya bombe bya M23 ari byo byahitanye abo baturage. Ku nshuro ya mbere kuva umutwe wa M23 wubura imirwano mu burasirazuba bw Repubulika ya Demokarasi ya […]

Turkiya: Haburijwemo umugambi wa Iran wo gushimuta abadipolomate b’Abanya-Israel

Ikinyamakuru cyo muri Israel cyatangaje ko mbere gato yuko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Yair Lapid agera muri Turkiya, ubutasi bwa Turkiya bwashoboye kuburizamo umugambi wa Iran wo gushimutira Abanya-Israel muri Istanbul ku wa Gatanu ushize. Raporo y’ubutasi ivuga ko Abanya-Irani bashakaga gushimuta abadipolomate ba Israel na ba mukerarugendo muri Istanbul. Amakuru avuga ko abagombaga kubikora bari […]

Ibintu bimeze neza mu Rwanda ariko tuzongera tugerageze u Burayi – Impunzi zavuye muri Libya

Abasaba ubuhungiro boherejwe mu Rwanda bavuye muri gereza za Libya zanduye kandi ziteje akaga bavuga ko aho batujwe hari iterambere ryinshi ariko bagishaka kugera mu Burayi nubwo bahangayikishijwe n’ibibazo bijyanye n’ingaruka z’umugambi w’u Bwongereza wo kwimurira abimukira mu Rwanda. U Bwongereza bwatangaje ko buteganya kohereza umuntu wese wafashwe agerageza kwinjira mu gihugu mu buryo butemewe […]

Amafoto: Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza n’abandi bitabiriye CHOGM 2022

fv7mod1xoaa6-q-.jpg

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa Kane yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson wageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu ushize yitabiriye inama ya CHOGM 2022 nyuma y’aho yari yakiriye n’abandi bayobozi batandukanye b’abanyamahanga bitabiriye iyi nama. Amakuru dukesha Twitter ya perezidansi, aravuga ko abayobozi bombi baganiriye ku bufatanye […]

Le prince Charles et Camilla rendent hommage aux victimes du génocide

fv203_gwyaeulig.jpg

Le Prince Charles, le prince de Galles, et son Ă©pouse Camilla, la duchesse de Cornouailles, ont rendu hommage le mercredi 22 juin aux victimes du gĂ©nocide de 1994 contre les Tutsi. Le duo, qui se trouve dans le pays pour la rĂ©union des chefs de gouvernement du Commonwealth (CHOGM), a visitĂ© hier matin le mĂ©morial […]

Ese koko Patrice Lumumba ufatwa nk’intwari ya Congo yaba yarakomokaga mu Rwanda?

Patrice Lumumba ufatwa nk’intwari ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ngo yaba yarakomoga mu Rwanda nk’uko byemejwe mu 2020 n’umunyamakuru, Kwebe Kimpele, wahungiye mu Bubiligi nyuma y’ihirikwa rya Mobutu nyuma y’ubushakashatsi avuga ko akomeje butararangira. Ibi tubigarutseho nyuma y’aho Ubwami bw’u Bubiligi bushyikirije kuri uyu wa Kabiri ibisigazwa by’umurambo wa Lumumba bigizwe n’iryinyo ari naryo […]

Rutshuru: Abasivili byibuze 13 baguye mu mirwano ikaze hagati ya FARDC na M23

Ku wa Kabiri ushize, itariki ya 21 Kamena 2022, muri Teritwari ya Rutshuru, biravugwa ko abasivili 13 baguye mu mirwano hagati ya FARDC na M23 bahitanwe n’ibisasu bya bombe. Iyi nkuru dukesha Politico.cd ivuga ko ku wa Kabiri habaye imirwano ikaze muri icyo gice umunsi wose hagati y’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’umutwe […]

Paris: Minisitiri Zacharopoulou arashinjwa n’abagore bagenzi be kubafata ku ngufu

Abashinjacyaha b’i Paris mu Bufaransa bafunguye iperereza ku birego byo gufata ku ngufu bishinjwa umugore w’umuminisitiri winjiye muri guverinoma vuba ushinjwa n’abagore babiri bagenzi be. Ibirego bibiri byarezwe umunyamabanga wa Leta w’u Bufaransa ushinzwe iterambere na Francophonie, Chrysoula Zacharopoulou wahoze ari umuganga w’abagore. Amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru Marianne nyuma yaje kwemezwa na AFP avuga ko ikirego […]

Huye: Uwashinjwaga gusambanya umwana w’imyaka 7 yakatiwe igifungo cya burundu

Kuri uyu wa Mbere ushize, itariki 20 Kamena 2022, Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwasomye urubanza Ubushinjacyaha bwari bukurikiranyemo uwitwa Murindahabi FidĂšle icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 7, rumuhamya icyaha maze rumukatira igihano cy’igifungo cya burundu. Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko urukiko rwafashe icyemezo cyo kumuha icyo gihano kubera ko n’ubwo yemeye icyaha kuva […]

Inzitizi z’urukiko rw’u Burayi ku kohereza abimukira mu Rwanda zishobora guteshwa agaciro

Inzitizi y’Urukiko rw’Uburenganzira bwa Muntu rw’u Burayi cyo kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda zishobora guteshwa agaciro n’abaminisitiri mu busabe bushya. Icyifuzo cyashyikirijwe inteko ishinga amategeko, kizemerera abaminisitiri kwirengagiza ibyemezo by’urukiko nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ikomeza ivuga. Ibi biriyongera ku mpinduka ziteganijwe mu itegeko ryerekeye uburenganzira bwa muntu kandi bishobora no kugira ingaruka ku manza […]

Guverineri wa Kinshasa aravuga ko batangiye gufata abantu bari guhohotera Abatutsi

Muri iyi minsi ishize mu murwa mukuru wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, urubyiruko ruvuga ko ruva mu ihuriro riri ku butegetsi rwagaragaye mu marondo, rufite imihoro mu ntoki, rushaka abantu bavuga Ikinyarwanda, abafashwe bagahohoterwa, kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 21 Kamena, Guverineri wa Kinshasa, Gentiny Ngobila, akaba yatangaje ko abapolisi batangiye gufata uru […]