U Burundi bwavuye ku izima buhindura umuvuno mu kurwanya Covid-19

Abategetsi b’u Burundi bahinduye umuvuno mu bijyanye no kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 bakomeje gukerensa igihe kirekire, aho kuri ubu bavuye ku izima bagafata icyemezo cyo gufunga ahantu hose hahurira abantu benshi nk’ibibuga by’umupira w’amaguru, ibitaramo, utubari, n’ahandi nyuma y’aho mu byumweru bibiri bivugwa ko hamaze kuboneka abantu basaga 1100 banduye Covid-19 mu Ntara ya […]

Ubuvuzi bwa Kanseri y’inkondo y’umura bukomeje kugezwa mu bigo nderabuzima

Abagore bari hagati y’imyaka 30 na 49 bakanguriwe kujya kwisuzumisha ku bwinshi kanseri y’inkondo y’umura nyuma y’aho Ministeri y’ubuzima yatangije ibikorwa byo kuvurira iyi kanseri mu bigo nderabuzima byo mu Karere ka Bugesera. Dr uwinkindi Francois, ushinzwe indwara zitandura mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC, asobanura ko abagore bakuze batabashije kubona urukingo bakwiye kujya bisuzumisha […]

Yabaho Koreya ya Ruguru yizihije imyaka 73 imaze mu karasisi kadasanzwe

_120443885_hi070460765.jpg

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu rishyira kuwa Kane, Koreya ya Ruguru ku nshuro ya mbere yakoze akarasisi ko kwizihiza imyaka 73 igihugu kimaze kivutse ikoresheje imashini zihinga n’amakamyo ya kizimyamwoto aho kugaragaza ibisasu bya missiles birimo ubumara bwa kirimbuzi nk’uko yari isanzwe ibigenza yerekana ingufu zayo. Ibinyamakuru bitandukanye biravuga ko aka karasisisi kabaye […]

Muhanga: Umucungamutungo arashinjwa kunyereza umutungo wa SACCO Inyumba

Ku wa 6 Nzeri 2021, Ubushinjacyaha Urwego Rwisumbuye rwa Muhanga, bwashyikirijwe dosiye iregwamo Umucungamutungo wa SACCO Inyumba ya Kayumbu, ukekwaho icyaha cyo kunyereza umutungo n’icyo gukoresha inyandiko mpimbano, mu gihe Perezidante w’iyo SACCO we akekwaho icyo kutamenyekanisha icyaha cy’ubugome. Kuva mu kwezi kwa 12/2020 kugeza mu kwezi kwa 04/2021, umucungamutungo wa SACCO Inyumba ya Kayumbu […]

Zimbabwe: Abakozi ba leta bahitishijwemo kwikingiza cyangwa kwegura

Mu rwego rwo gukomeza gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19, Leta ya Zimbabwe yarushijeho gukaza ingamba kuri uyu wa Kabiri isaba abakozi ba leta, cyane cyane abarimu kwikingiza bakwanga bakegura ku mirimo yabo kugira ngo abantu barusheho kwitabira kwikingiza. “Niba ukoreshwa na guverinoma, mu rwego rwo kurengera abandi ndetse n’abo ukorera, ikingize. ” uyu ni Minisitiri […]

Umuyobozi wa station ya polisi muri Mbarara yishwe n’abantu bitwaje intwaro

Abagizi ba nabi batamenyekanye, bitwaje imbunda n’imihoro, mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri bishe ukuriye station ya polisi ya Ruharo, mu Mujyi wa Mbarara mu gihugu cya Uganda. Samson Kasasira, umuvugizi wa polisi muri Rwizi, yavuze ko uwishwe ari Richard Agaba wari uri mu kazi ubwo yagwaga mu gico cy’abagizi ba nabi bari bitwaje […]

Umuyobozi wa guverinoma nshya y’Abatalibani wafatiwe ibihano na Loni ni muntu ki?

interactive_taliban-government-structure2-01.jpg

Abatalibani bahaye Mullah Mohammad Hasan Akhund inshingano zo kuyobora Guverinoma y’agateganyo ya Afghanistan nyuma y’ibyumweru hafi bitatu bisubije igihugu bari barambuwe mu 2001. Mullah Akhund ari ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’Umuryango w’Abibumbye kandi yari umuyobozi w’igihe kirekire w’urwego rufata ibyemezo rw’Abatalibani ruzwi nka ‘Rehbari Shura’, cyangwa akanama y’ubuyobozi. Yigeze kuba minisitiri w’ububanyi n’amahanga na minisitiri […]

Kenya igiye gushinga ibiro biyihagarariye (Consulat) mu Mujyi wa Goma

Repubulika ya Kenya yatangaje ko igiye gufungura ibiro bihagarariye inyungu zayo cyangwa igisa nk’ambasade (Consulat) mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, binyuze mu masezerano hagati ya Perezida Felix Tshisekedi na mugenzi we Uhuru Kenyatta. Ibi byatangarijwe itangazamakuru ry’i Goma kuwa Mbere, itariki 06 Nzeri 2021, bitangajwe na Edwin Afande, umuyobozi muri minisiteri […]

Institut Pasteur igiye gutangira igerageza ry’umuti w’icyorezo gihangayikishije Isi

Ikigo cy’ubushakashatsi mu by’imiti cy’Abafaransa kizwi nka Institut Pasteur kirimo gushaka abantu magana barwaye Covid-19 batakingiwe ngo bakorerweho igeragezwa ry’umuti w’iki cyorezo gikomeje guhangayikisha abatuye Isi n’u Bufaransa by’umwihariko. Kuwa Mbere, iki kigo gifite icyicaro mu mujyi wa Lille cyatangaje ko cyamaze gusinyisha umurwayi wa mbere ngo akorerweho igerageza, mu cyiciro cya kabiri, ryahawe uburenganzira […]

Uganda: Abadepite 2 bafunzwe bashinjwa uruhare mu bwicanyi bwo muri Masaka

Abadepite babiri bo mu ishyaka rya NUP, rya Bobi Wine, ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwo muri Uganda, bagejejwe imbere y’urukiko bakurikiranweho kugira uruhare mu bwicanyi bumaze iminsi bwibasiye Akarere ka Masaka ndetse bahita boherezwa muri Gereza ya Kitalya. Aba badepite, Muhammad Ssegirinya na Allan Ssewanyana, bagejejwe imbere y’urukiko rwa Masaka kuri uyu wa Kabiri nyuma ya […]

Un homme arrĂȘtĂ© pour enregistrement frauduleux d’une personne non vaccinĂ©e

La police nationale du Rwanda (RNP) a arrĂȘtĂ© un homme soupçonnĂ© d’avoir saisi une personne non vaccinĂ©e dans la base de donnĂ©es afin d’obtenir un certificat de vaccination contre le Covid-19. L’arrestation de Safari Habimana, 27 ans, fait suite Ă  l’information selon laquelle il avait enregistrĂ© une Vanessa Uwase comme vaccinĂ©e. Habimana a Ă©tĂ© prĂ©sentĂ© […]

Guinea: Abasivili bayoboraga intara basimbujwe abasirikare

Abasirikare bafashe ubutegetsi muri Guinea muri weekend ishize barimo baragenda bigabanya imyanya y’ubuyobozi aho kuri ubu intara n’uturere dutandukanye tuyobowe n’abasirikare. Ibihugu byo mu burengerazuba bw’Afurika byakangishije Guinea kuyifatira ibihano nyuma y’ihirikwa rya Alpha Conde, wari umaze umwaka atangiye kuyobora manda ye ya gatatu itaravuzweho rumwe nyuma yo guhindura itegeko nshinga. Abayobozi b’ibi bihugu bateganya […]

Israel iritegura guhagarika burundu gahunda y’itunganywa ry’ingufu za kirimbuzi ya Iran

Umugaba mukuru w’ingabo wa Israel aravuga ko imigambi ya gisirikare yo guhagarika gahunda ya Iran yo gutunganya ingufu za kirimbuzi irimo kwihutishwa. Imyiteguro y’igikorwa gishoboka cya gisirikare kuri Iran irimo kwagurwa nk’uko Gen. Aviv Kihavi yabitangaje mu kuri uyu wa Mbere avuga ko “igice kinini cy’ingengo y’imari y’ingabo, nkuko byemejwe vuba aha, cyari kigamije iyi […]

Uganda irashinja ingabo za Sudani y’Epfo kugaba ibitero ku butaka bwayo

Igisirikare cya Sudani y’Epfo (SSDF) kirimo gushinjwa na Uganda gutera no gutoteza abahinzi n’abakozi b’uruganda rw’isukari rya Atiak Sugar ruherere mu Karere ka Amuru. Chairman w’Akarere ka Amuru, Micheal Lakony yahishuye ibi kuri uyu wa Mbere mu nama yakoranye na Komite y’abadepite ishinzwe ubucuruzi n’ubukerarugendo. Yagize ati “ Nta mbago zigaragara hagati ya Uganda na […]

Sudani: Intwaro zafatiwe ku kibuga cy’indege zivuye muri Ethiopia ntizivugwaho rumwe

Abayobozi ba Sudani ku Cyumweru bafatiye ku Kibuga cy’Indege cya Khartoum intwaro nyinshi zari zivuye Addis Abeba mu gihugu cy’abaturanyi cya Ethiopia. Ubuyobozi bwa gasutamo bwa Sudani buvuga ko bwafashe amasanduku 72 yuzuyemo imbunda, amasasu n’indebakure z’ijoro nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru bya Sudani, SUNA. Iperereza ryatangiye gukorwa na komite ishinzwe kurandura ibisigisigi by’ubutegetsi bwa Omar […]

RDC: Abaturage bariye karungu bishe umusirikare wajyanwaga ku bushinjacyaha

Umusirikare wa FARDC kuri uyu wa Mbere, itariki 06 Nzeri yishwe n’abaturage bariye karungu, muri centre ya Mambasa muri Teritwari Ituri nyuma y’aho uyu musirikare yari amaze kwica mugenzi wabo. Uyu musirikare bivugwa ko yishwe nyuma yo kwica umusivili wakoraga mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Yishwe ubwo yari arimo arajyanwa ku bushinjacyaha bwa gisirikare muri […]

Les Rwandais mis en garde contre la complaisance

Les responsables du Centre biomĂ©dical du Rwanda (RBC) ont mis en garde les Rwandais contre la nĂ©gligence concernant le respect des directives de Covid-19 alors que le taux de positivitĂ© dans le pays continue de baisser, en particulier Ă  Kigali. RBC a signalĂ© que le taux de positivitĂ© Ă  Kigali est tombĂ© Ă  0,7% contre […]

Afurika y’Epfo: Jacob Zuma wari ufunzwe yafunguwe atararangiza igihano

Jacob Zuma wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo yarekuwe by’agateganyo kubera impamvu z’uburwayi, aho amaze ukwezi mu bitaro yagiyemo akuwe aho yari afungiye nk’uko byatangajwe kuri iki Cyumweru, itariki 5 Nzeri 2021. Ku myaka 79, Jacob Zuma yari afunze kuva muri Nyakanga, nyuma yo gukatirwa igifungo cy’amezi 15 azira gusuzugura urukiko, nyuma y’aho yanze kwitaba […]

Guinea: Urujijo ruracyari rwose nyuma y’ihirikwa rya Perezida Alpha Conde

arton161567.jpg

Urujijo ruracyari rwose muri Guinea nyuma y’aho kuva kuri iki Cyumweru Perezida Alpha Conde ahiritswe ku butegetsi agatabwa muri yombi n’abayobozi b’ingabo zidasanzwe bayobowe na Lt. Col. Mamady Doumbouya, bagashyiraho isaha ntarengwa yo gutaha bagafunga n’imipaka. Nyuma y’amasaha 24 yo kugaragara gutunguranye kw’aba basirikare batunguranye, biravugwa ko ibintu bikiri mu rujijo. Abatuye mu Mujyi wa […]

Libya: Umuhungu wa Muammar Kadhafi wari uri muri gereza yafunguwe

Saadi Gaddafi, umuhungu w’uwahoze ari umuyobozi wa Libya, Muammar Kadhafi wahiritswe ku butegetsi mu 2011, yarekuwe muri gereza yari afungiyemo nk’uko byatangajwe na minisiteri y’ubutabera y’iki gihugu. Itangazo ryashyizwe ahagaragara rigira riti “ Saadi Muammar Kadhafi yafunguwe muri gereza,” ryongeyeho ko ibi byabaye hakurikijwe umwanzuro w’urukiko ariko iri tangazo ntirivuga niba akiri mu gihugu. Ni […]

Abatalibani bigaruriye Intara ya Panjshir yari igifitwe n’ingabo zanze kuyamanika

Abatalibani baravuga ko bigaruriye bidasubirwaho intara ya Panjshir, agace ka nyuma muri Afghanistan kari mu maboko y’ingabo zahoze ari iza leta zari zaranze kuyamanika, nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Mbere n’Umuvugizi w’Abatalibani. Umuvugizi mukuru, Zabihullah Mujahid yagize ati: “Kubera iyi ntsinzi, igihugu cyacu cyakuwe mu gihirahiro cy’intambara.” Amashusho ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa mbere […]

Ngoma: Urukiko rwakatiye umugabo wishe umugore akamucamo ibice bibiri

URukiko rwisumbuye rwa Ngoma rwakatiye igihano cy’igifungo cya burundu umugabo wari ukurikiranweho kwica umugore w’umuturanyi yarangiza akamucamo ibice bibiri akabita mu gisimu cya metero zirindwi. Mu ijoro ryo ku itariki ya 26/06/2021 rishyira ku wa 27/6/2021 mu mudugudu wa Nyarunazi, Akagari ka Musumba, Umurenge wa Nyamirama, Akarere ka Kayonza ho mu Ntara y’Iburasirazuba, umugabo ufite […]

Guinea: Humvikanye urusaku rukabije rw’amasasu hafi y’ingoro ya perezida

Kuri iki Cyumweru i Conakry mu murwa mukuru wa Guinea humvikanye urusaku rwinshi rw’amasasu, mu gihe abasirikare bagaragaye mu mihanda yegereye ingoro y’umukuru w’igihugu aho bivugwa ko ari igikorwa cyo kugerageza guhirika ubutegetsi. Impamvu y’urwo rusaku rw’amasasu ntabwo iramenyekana kandi abayobozi ntacyo baratangaza. Mu karere ka Kaloum biravugwa ko nta n’inyoni itamba kubera abasirikare bategetse […]

Uganda: Abadepite 2 bagiye guhatwa bibazo ku bwicanyi bumaze iminsi bwibasiye Masaka

Urwego rushinzwe ubugenzacyaha mu gipolisi cya Uganda (CID), rwahamagaje abadepite babiri bo mu ishyaka NUP, ritavuga rumwe n’ubutegetsi, ngo babazwe ku ruhare rwabo mu bwicanyi bukomeje gukorerwa muri Masaka. Amabaruwa abiri yo ku itariki 03 Nzeri, ahamagaza Depite Muhammad Ssegirinya uhagarariye Kawempe y’Amajyaruguru mu nteko, na mugenzi we, Allan Ssewanyana uhagarariye Makindye y’uburengerazuba. Aya mabaruwa […]

Imiryango ya mbere ikize kurusha iyindi ku Isi iyiyoboye mu ibanga

Amafaranga agira agaciro gusa bitewe n’agaciro abantu bari ku butegetsi biyemeje kuyaha, mu buryo rero ategeka Isi ku rwego runaka. Amafaranga ntaguha umunezero cyangwa urukundo, ariko ashobora kugufasha kubigeraho witonze. Dore imiryango 10 ya mbere ikize ku Isi wavuga ko iyiyoboye 1. Umuryango wa Walton Amafaranga utunze: Miliyari 250 Isoko y’umutungo: Walmart Sam na Bud […]

Drones z’ubwiyahuzi (Kamikaze Drones) zije guhindura byinshi ku rugamba

ei5yu-9wwaa0lpv.jpg

Indege zitagira abadereva (Drones) zirimo guhindura Isi vuba, ariko indege zitagira abadereva za gisirikare zo zirakataje mu ikoranabuhanga aho kuri ubu hakozwe n’iz’ubwiyahuzi bari kwita Kamikaze Drones, zikaba ari zimwe mu ntwaro zigezweho ziteye ubwoba zije guhindura byinshi mu ntambara. Izi drones zitandukanye n’izindi zisanzwe ahubwo yo wayigereranya na missile kuko itwara igisasu ikishwanyaguza iyo […]

Ituri: Inyeshyamba zishe abaturage basaga 10 zibaciye imitwe

Igitero gishya cya ADF kuri uyu wa gatandatu cyiciwemo abasivili 14 baciwe imitwe mu Ntara ya Ituri, mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo nk’uko amakuru aturuka aha avuga. Iki gitero cyabereye ku dusozi twa Tsani Tsani na Mapasana, mu gice cyegereye Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, muri Sheferi ya Walese Vonkutu nk’uko byemejwe […]

La composante police de la MINUSS fait ses adieux au chef d’Ă©tat-major sortant

La composante police de la Mission des Nations Unies au Soudan du Sud (MINUSS), le jeudi 2 septembre, a officiellement fait ses adieux Ă  son chef d’Ă©tat-major, le commissaire adjoint de la police du Rwanda (ACP) Barthelemy Rugwizangoga, qui a terminĂ© sa pĂ©riode de service aprĂšs deux ans et demi de service dans la plus […]

Amaze imyaka 15 yishyura imisoro y’umuntu bitiranwa

Umugabo witwa Francis Lopez, w’imyaka 83, utuye i Montpellier mu Bufaransa, buri mwaka kuva mu 2006, amafaranga y’umusoro agomba kwishyura ya pansiyo akatwa ku muntu bahuje amazina yombi. Umuntu umaze imyaka 15 yishyura imisoro itari yagize ati “Navukiye mu mujyi umwe, umunsi umwe, dufite izina rimwe. Twitwa Francis Lopez, twembi twavukiye Oran ku ya 6 […]

Inkingo za Covid-19 zari zivuye muri Afurika y’Epfo zijyanywe i Burayi zahagarikiwe mu nzira

Gahunda yo kohereza inkingo za Covid-19 za Johnson&Johnson zari zivuye muri Afurika y’Epfo zigiye koherezwa mu Burayi zahagaritswe nk’uko byatangajwe n’intumwa ya Afurika Yunze Ubumwe, Strive Masiyiwa, kuri uyu wa Kane. Umuyobozi mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, Tedros Adhanom Ghebreyesus, mu kwezi gushize yari yatangaje ko yatangajwe no kumva izi nkingo zigiye kuva […]

Abasivili 2 bishwe moto 2 ziratwikwa mu kindi gico cya ADF nyuma y’icyatwikiwemo imodoka 16

Inyeshyamba za ADF zongeye kwicira abantu babiri no gutwika moto ebyiri mu kindi gico zateze ku muhanda Luna-Komanda kuri uyu wa Kane, itariki 02 Nzeri 2021 ahitwa Ndalya, muri Teritwari ya Irumu mu Ntara ya Ituri nyuma y’ikindi gico ziherutse gutega zatwikiyemo imodoka 16 zikica abantu bane abandi bakaburirwa irengero. Nk’uko byatangajwe na Christophe Munyanderu, […]

Ikindi gikomangoma mu bwami bukomeye ku Isi cyeguye kijya kuba muri Amerika

royal-family-worried-about-reconciling-with-prince-harry-meghan-markle-001.jpg

Kimwe nk’ibyo Meghan Markle n’Igikomangoma Harry bakoze mu 2020, Igikomangomakazi Mako cyo mu Buyapani n’umukunzi wacyo nacyo cyafashe icyemezo cyo guta inshingano z’ibwami kijya gutangira ubuzima bushya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’uko byatangajwe na Japan Times kuwa gatatu ushize, itariki ya 1 Nzeri. Muri Mutarama 2020 umuryango w’ibwami mu Bwongereza w’Igikomangoma Harry, umuhererezi […]

Burundi: Perezida yise abajyanama be ibinebwe abakata umushahara

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yavuze ku bajyanama be umunani baherutse guhagarikwa ku mirimo yabo iminsi 15, avuga ko ari abanebwe bamutana akazi ategeka ko bakatwa icya kabiri cy’umushahara wabo. Abajyanama be bari bamaze ibyumweru 2 muri ibi bihano ni Willy Nyamitwe, umujyanama mu by’itumanaho, Charles Nkusi, Umujyanama Mukuru, ushinzwe gutegura ingendo z’umukuru w’igihugu, Godefroid […]

Umujyanama wihariye w’Umunyamabanga mukuru wa Loni mu gukumira jenoside ari mu Rwanda

Kuri uyu wa Kane, itariki 02 Nzeri 2021, Madame Alice Wairimu Nderitu, Umujyanama wihariye w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu gukumira Jenoside, aherekejwe n’umuhuzabikorwa w’amashami ya LONI akorera mu Rwanda, yasuye Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG). Bakiriwe na Dr Bideri Diogene, Umujyanama mukuru muby’amatego muri CNLG. Ibiganiro byabo byibanze ku gusobanukirwa inshingano za CNLG, intego […]

Le gouvernement va lancer une nouvelle phase de gestion des masques faciaux usagés

L’AutoritĂ© rwandaise de gestion de l’environnement (REMA) s’apprĂȘte Ă  dĂ©ployer de nouvelles mĂ©thodes de collecte, de transport, d’Ă©limination et de gestion des masques faciaux usagĂ©s. Cette initiative Ă  l’Ă©chelle nationale, qui sera dĂ©ployĂ©e au dĂ©but de l’annĂ©e prochaine, intervient aprĂšs un essai pilote rĂ©ussi qui a Ă©tĂ© menĂ© dans quatre secteurs de Kayenzi dans le […]

RDC: I Gbadolite aho Mobutu yavukiye hashinzwe urwibutso rwe

e-m3-84xsaelvym.jpg

Mu Mujyi wa Gbadolite, mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, hashinzwe ikibumbano cy’urwibutso rw’uwahoze ari Perezida w’iki gihugu, Malechar Mobutu Sese Seko, muri uyu mujyi wo mu Ntara ya Ubangi y’Amajyaruguru kuri ubu. Uru rwibutso rukoze mu cyuma cya bronze rwa Mobutu n’amataratara ye n’ingofero yakundaga kwambara, rwazamuwe ku Cyumweru gishize I […]

Afghanistan: Uwari umusirikare w’u Bwongereza yafashwe ashaka guhungisha abantu 400

Uwahoze ari umusirikare w’u Bwongereza yafashwe agerageza guhungisha Abanyafuganisitani 400, harimo abari abakozi be, abajyana mu kindi gihugu banyuze mu nzira y’ubutaka nyuma y’aho ananiwe kubabonera imyanya mu ndege zahungishaga abantu. Ben Slater, wahoze muri Royal Military Police, yari afite imiryango itegamiye kuri leta ayobora muri Afghanistan, mbere y’uko agerageza gusohora muri iki gihugu, ubu […]

Kisoro: Umushoferi n’umurinzi w’uhagarariye Museveni mu karere bafashwe bagerageza kwiba

Umushoferi ndetse n’umurinzi w’uhagarariye Perezida Museveni (RDC) mu Karere ka Kisoro, Capt. Peter Mugisha, batawe muri yombi na polisi bashinjwa kugira uruhare mu bujura bwitwaje intwaro. Abatawe muri yombi ni umushoferi Mwesigye Ronald, n’umurinzi wa RDC witwa Gerard Loki. Aba batawe muri yombi kuwa Kabiri ninjoro mu gikorwa cya polisi ifatanyije n’igisirikare nk’uko tubikesha Chimpreports. […]

Ibitaramo imbonankubone bigiye gusubukurwa, amasaha yo gutaha yigijwe inyuma

e-ov1jpwyaewjuu.jpg

Ibitaramo nka za concerts, amaserukiramuco n’amamurikagurisha bigiye kongera gusubukurwa biba imbonankubone mu gihugu nyuma y’umwaka hafi n’igice urenga bihagaritswe kubera icyorezo cya Covid-19. Ibi ni ibikubiye mu myanzuro y’inama y’abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame kuri uyu wa gatatu, itariki 01 Nzeri, yongeye gusuzuma ingamba zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryavuye […]

RDC: Imodoka z’abasivili 16 zatwitswe bamwe barapfa abandi baburirwa irengero

Inyeshyamba za ADF kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 01 Nzeri 2021 zatwitse imodoka 16 z’abasivili mu gico zari zateze ku muhanda numero 4 uhuza Luna na Komanda, mu gace ka Ofaye, muri Sheferi ya Walese-vonkutu, muri Teritwari ya Irumu, mu Ntara ya Ituri, aho bivugwa ko abantu bane bapfuye abandi bakaburirwa irengero. Aya makuru […]

Bizimana nommĂ© ministre du ministĂšre de l’unitĂ© nouvellement créé

Le prĂ©sident Paul Kagame a nommĂ©, mardi 31 aoĂ»t, Jean-DamascĂšne Bizimana, ministre du nouveau ministĂšre de l’UnitĂ© nationale et de l’Engagement civique. Dans le mĂȘme ministĂšre, Clarisse Munezero a Ă©tĂ© nommĂ©e secrĂ©taire permanente. Le ministĂšre, qui a Ă©tĂ© créé en juillet, devrait notamment se concentrer sur l’unitĂ© nationale, la mĂ©moire historique et l’Ă©ducation Ă  la […]

Muhanga: Akurikiranweho kwica umucuruzi kubera amafaranga 200

Ubushinjacyaha ku Urwego Rwisumbuye rwa Muhanga, kuri uyu wa Kabiri, itariki 31 Kanama, bwasabiye igihano cy’igifungo cya burundu umugabo ukekwaho kwica umucuruzi wo muri butike amuhoye amafaranga magana abiri y’u Rwanda yagombaga kumugarurira. Iki cyaha cyakozwe ku itariki ya 10 kanama 2021, mu Mudugudu wa Nyarunyinya, Akagali ka Gihinga, Umurenge wa Gacurabwenge, Akarere ka Kamonyi, […]

Umuryango w’umunyamakuru wishwe afasha FBI gucakira Kabuga Felicien uratabaza

Icyizere cyo kubona ubutabera cy’umuryango w’umunyamakuru wo muri Kenya, William Munuhe, wishwe ubwo yari arimo arafasha FBI gukurikirana Umunyarwanda, Kabuga Felicien, kiragenda kirushaho kuyoyoka nyuma y’aho ubutabera bw’iki gihugu bukomeje kwirangagiza ubusabe bwawo bwo guhabwa impozamarira. Iyi nkuru dukesha ikinyamakuru The Standard iravuga ko icyizere cyo kubona ubutabera kuri uyu muryango kigenda kiyoyoka mu gihe […]

Uganda yanze ko umwe mu Banyarwanda 2 bahiciwe ahashyingurwa

Abanyarwanda babiri, Ntwari Bahati na Dusabimana Theoneste biciwe mu gihugu cya Uganda mu buryo bw’amayobera mu minsi ibiri ikurikiranye, ku Cyumweru no kuwa Mbere. Ntwari Bahati yasanzwe yapfuye asa nk’uwanizwe kugeza ashizemo umwuka, i Kampala, mu murwa mukuru wa Uganda, ku Cyumweru itariki 29 Kanama nk’uko byatangajwe n’umuryango we. Abo mu muryango we bavuga ko […]

Tanzania: Umuyobozi wa CHADEMA uregwa ibyaha by’iterabwoba yagejejwe mu rukiko

Umunyapolitiki Freeman Mbowe utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzania, kuri uyu wa Kabiri, itariki 31 Kanama yageze imbere y’Urukiko Rukuru rwa Dar es Salam, aho akurikiranweho ibyaha by’iterabwoba, mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’abaharanira uburenganzira bwa muntu bavuga ko uru rubanza rushingiye ku mpamvu za politiki. Ku rukiko hari imbaga y’abantu, abayobozi b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari […]

Umutwe wa TPLF wambuwe ibirindiro by’ingenzi wari ufite muri Amhara

Igisirikare cya Ethiopia cyongeye kwigarurira agace ka Debre Zebit, k’ingenzi ku karere ka Amhara, kari kari mu maboko y’inyeshyamba z’umutwe wa TPLF. Aka gace kigaruriwe nyuma yo kugasukaho ibisasu bya bombe mbere y’uko ingabo za Ethiopia zifatanyije n’abarwanyi bo muri Amhara zitsinsura abarwanyi ba TPLF muri Debre Zebit n’ahandi hahakikije. Ibiro Ntaramakuru Nyafurika, APANews bivuga […]

Deux Rwandais assassinés en Ouganda dans des circonstances mystérieuses

Un ressortissant rwandais identifiĂ© comme Ntwari Bahati a Ă©tĂ© retrouvĂ© mort par strangulation apparente, dans la capitale ougandaise Kampala la veille du dimanche 29 aoĂ»t selon des sources familiales. Selon eux, il y a Ă©galement eu une tentative de brĂ»ler le corps du dĂ©funt, qui travaillait comme mĂ©canicien automobile Ă  Kampala. Il avait vĂ©cu en […]

Uwari minisitiri muri Afghanistan atunzwe no kugemura ibyo kurya ku igare mu Budage

4523412.jpg

Uwahoze ari minisitiri w’itumanaho muri Afghanistan, Sayed Sadaat kuri ubu akora akazi ko kugenda ajyana ibyo kurya ku bantu babaiguze kuri internet akoresheje igare mu gihugu cy’u Budage, aho ubuzima abayeho bushobora kuba ari bwo butegereje benshi mu banyafuganistani bari guhunga kuri ubu. Uyu yari minisitiri mu gihugu cye mbere yo kwimukira mu Budage, ariko […]

Igerageza rishya ry’urukingo rwa virus itera sida ryakubise igihwereye

Kuri uyu wa Kabiri, Johnson & Johnson yatangaje ko urukingo rwari mu igeragezwa rwananiwe kurinda bihagije virusi itera SIDA muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara ku bakobwa bakiri bato bafite ibyago byinshi byo kwandura. Kunanirwa k’urukingo mu cyiciro cyo hagati byerekana imbogamizi z’iterambere ry’inkingo, cyane cyane kuri virusi itera sida cyangwa izindi zitera indwara […]

Igisirikare cya Amerika cyasize gifunze indege za gisirikare n’imodoka cyasize i Kabul

Igisirikare cya Amerika cyasize kiborotse ibikoresho bya gisirikare birimo indege n’imodoka z’intambara cyasize muri Afghanistan ku buryo bitakongera gukoreshwa mbere yo kuhavana abasirikare bacyo ba nyuma bari basigaye ku butaka bw’iki gihugu kuri uyu wa Mbere, itariki 30 Kanama 2021. Indege ya nyuma y’Igisirikare cya Amerika yahagurutse ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga kitiriwe Hamid Karzai cya […]

Abarundi 8 bari bagiye gucuruzwa muri Arabia Saoudite batabawe

Ishami rishinzwe kurwanya icuruzwa ry’abantu muri Uganda rifite ibiro muri minisiteri yumutekano, ryatabaye Abarundi 8 bari bagiye gucuruzwa muri Arabia Saoudite banyujijwe muri iki gihugu. Nk’uko byatangajwe na Agnes Igoye, umuhuzabikorwa wungirije w’ishami rishinzwe kurwanya icuruzwa ry’abantu, aba Barundi 8 basanzwe muri hotel yo mu gace ka Kabalagala, ahasanzwe nUmunyayemeni witwa Ramsey Muhammad wari ugiye […]

Afghanistan: Amerika yasoje ubutumwa bwayo ku mugaragaro ihungishije abantu 79,000

Abasirikare ba nyuma ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bari basigaye muri Afghanistan baraye bahagurutse ku Kibuga cy’indege cya Kabul, Pentagon itangaza ku mugaragaro ko ubutumwa bwari bumaze imyaka 20 yintambara bushyizweho akadomo. Gen. Kenneth McKenzie, Komanda w’ubuyobozi bukuru bw’ingabo za Amerika, yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahungishije abantu 79,000 bavanwa Kabul barimo […]

Paris: Urukiko rwanze ubusabe bw’ababuranira Agathe Habyarimana

Nyuma y’imyaka 14 y’urujya n’uruza mu nkiko ariko urubanza rutaba, Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris kuri uyu wa Mbere rwateye utwatsi ubusabe bw’abunganira Agathe Habyarimana bwo kudakurikiranwa n’ubutabera. Kutaburanisha urubanza bishobora gutangazwa n’ubutabera mu gihe bubonye ko dosiye idafite ibintu biremereye, kandi iyi yari impamvu yatanzwe n’abunganizi ba Agathe Habyarimana. Ariko urukiko ntirwigeze rufata icyemezo ku […]

Burundi: Uwari uhagarariye u Rwanda yatunguranye mu Munsi w’Imbonerakure

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yijeje Abarundi ko iby’umubano w’igihugu cye n’u Rwanda bikomeje gushakirwa umuti anagira ubutumwa aha Abanyarwanda yanyujije ku muntu wari uhagarariye u Rwanda wari witabiriye imihango yo kwizihiza Umunsi w’Imbonerakure wabaye kuwa gatandatu ushize, itariki 28 Kanama 2021. Ibirori byo kwizihiza umunsi wahariwe urubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD (Imbonerakure Day) riri ku butegetsi […]

Afghanistan: Ikibuga cy’indege cya Kabul cyagabweho ikindi gitero cya za rokete

132b5b40ff94d5968e4278353900f61b.jpg

Kuri uyu wa Mbere ku Kibuga cy’Indege cya Kabul harashwe ibisasu bya rokete bigera muri bitanu ariko bisamirwa mu kirere n’ubwirinzi bwa missiles bw’Abanyamerika mu gihe aba bari gusoza igikorwa cyo kuvana ingabo zabo muri Afghanistan. Nyuma y’uko bamaze kuhavana abantu bagera mu 144,400, barimo abanyamahanga n’Abanyafuganistani batinya kugirirwa nabi n’ubutegetsi bw’Abatalibani bafashe igihugu ku […]

Abafana ba Drake bagabye igitero ku rugo Kanye West yavukiyemo

e92q4m9xeaipqy1.jpg

Inzu y’iwabo wa Kanye West ku ivuko mu Mujyi wa Chicago muri iyi weekend yagabweho igitero n’abafana b’Umuraperi mugenzi we Drake bahasiga ubutumwa bwo kumutera ubwoba mu gihe umwuka utari mwiza hagati y’aba baraperi bombi ukomeje gufata intera. Nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru byo muri Amerika bitandukanye birimo Uproxx, hari ubutumwa bwasizwe ku ngazi zinjira mu rugo […]

Gicumbi: Arashinjwa gukeba igitsina cy’umwana yareraga amuziza kunyara ku buriri

Umugore w’imyaka 47 y’amavuko, ubarizwa mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Muko, Akagari ka Kigoma, ubushinjacyaha bwasabiye mu cyumweru gishize gufungwa by’agateganyo iminsi 30 ku cyaha cyo Kwangiza imyanya Ndangagitsina y’umwana w’umuhungu yareraga urubanza rwe rwatangiye kuri uyu wa Mbere. Iki cyaha cyakozwe ku itariki 03 Kanama2021 ubwo yabyukaga mu gitondo agasanga umwana yanyaye ku […]

Urukiko rwakatiye igifungo uwatutse nyina akamwandagaza mu ruhame

Urukiko rw’Akarere ka Ilala muri Tanzania kuwa gatanu ushize rwakatiye igihano cy’igifungo cy’umwaka umwe, umukobwa witwa Zabrina Mohamed Sidik, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gutuka no kwandagaza nyina, Rafika Mohamed Sidiki, amwita indaya, ikinyendaro, umujura n’ibindi bitutsi. Umucamanza Martha Mpaze yatanze igihano nyuma yo kwemera ibimenyetso byatanzwe n’abatangabuhamya bane b’ubushinjacyaha. Uyu mucamanza yavuze ko ubushinjacyaha […]

Kabul: Ikindi gitero ku kibuga cy’indege cyaburijwemo abasivili barimo abana barahagwa

Igitero cya Drone y’Abanyamerika cyo kuri iki Cyumweru ku modoka yuzuyemo ibiturika yarasiwe hafi y’Ikibuga cy’indege cya kabul cyaguyemo n’abana bato nk’uko byemejwe n’abatangabuhamya. Aba batangabuhamya babwiye Al Jazeera ko byibuze abana batatu bari mu basivili batandatu bahitanwe n’iki gitero mu gihe ibinyamakuru bimwe bivuga ko abantu 9 bo mu muryango umwe , barimo abana […]

Buri rugo mu Mujyi wa Kigali ruzaba rufite amazi mu 2035 – WASAC

Mu 2024, 87% by’ingo zo mu Mujyi wa Kigali zizaba zifite amazi, mu gihe mu 2035 ingo 100% (Buri gipangu)zizaba zifite amazi nk’uko byemezwa n’Ikigo gishinzwe amazi isuku n’isukura WASAC, kivuga ko mu 2050 noneho buri nzu izaba ifite amazi. Ibi bikubiye mu gishushanyo mbonera kirigutegurwa n’iki kigo cy’uburyo bwo gukwirakwiza amazi mu mujyi wa […]