RDC: Abaguverineri babiri bakurikiranweho kunyereza amamiliyari

Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta ya Congo bukurikiranye ba Guverineri babiri; Atou Matubuana, Guverineri wa Kongo-Central na Wale Lufungula w’Intara ya Tshopo. Uwa mbere akurikiranweho kunyereza akayabo ka miliyoni 5 z’Amadolari, mu gihe uwa kabiri akurikiranweho kugerageza kunyereza umutungo afatanyije n’uwahoze ari minisitiri. Umugenzuzi Mukuru w’imari ya Leta ashinja Atou Matubuana miliyoni 5 z’Amadolari angana […]

RDC ishobora kwambura Abashinwa ikirombe yabahaye nyuma yo kubona yaba irimo kwibwa

Minisitiri w’imari, Nicolas Kazadi, yatangarije ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ko guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo irimo gusubiramo amasezerano y’amadorari miliyari 6 z’amadorari “y’ibikorwaremezo n’amabuye y’agaciro” hagati yayo n’abashoramari b’Abashinwa. Ni amasezerano yemereraga u Bushinwa gucukura amabuye y’agaciro nabwo bukubakira RDC ibikorwaremezo bitandukanye birimo imihanda ya gari ya moshi. Muri Gicurasi, Perezida Felix Tshisekedi […]

Ibice bimwe by’igihugu bishobora kwibasirwa n’amapfa nk’ayo mu 2016 – Meteo Rwanda

Ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe kiravuga ko ibice bitandukanye by’intara y’iburasirazuba n’intara y’Amajyepfo bishobora kwibasirwa n’uruzuba rukabije nk’urwo mu 2016, 2010 no mu 1996. Ibi byatangajwe kuri uyu wa gatanu ushize, itariki ya 27 Kanama, ubwo iki kigo cyasohoraga iteganyagihe ry’imvura ry’ukwezi kwa Nzeri kugeza Ukuboza 2021. Uruzuba rukabije rwo mu 2016 nirwo u Rwanda rwagize rurerure […]

Tom Cruise yibiwe imodoka mu ifatwa ry’amashusho ya Mission: Impossible 7

Ubwo hari harimo gukinwa filimi ya « Mission : Impossible 7 » mu Bwongereza, umukinnyi w’imena w’iyi filimi, Tom Cruise yibwe imodoka y’agaciro ya BMW yari irimo ibintu bye n’abamwegereye bifite agaciro k’ibihumbi bisaga 100 by’amafaranga akoreshwa mu Bwongereza. Iyi modoka ya Tom Cruise yibiwe aho yafatiraga amashusho y’igice cya karindwi cya Mission: Impossible mu […]

Burundi: Uwahoze ayobora CNDD-FDD yiyemeje gutaha nyuma y’imyaka 6 mu buhungiro

Uwahoze ari Perezida w’ishyaka CNDD-FDD, Jeremie Ngendakumana umaze imyaka 6 mu buhungiro mu gihugu cy’u Bubiligi, kuri iki Cyumweru, itariki 29 Kanama ategerejwe mu gihugu cye cy’u Burundi, aho avuga ko nta keza yabonye mu mahanga, ndetse uko yahabonye atari ko yahumvaga. “Nyuma y’imyaka itandatu mu buhungiro, ndizera ko igihe kigeze ngo ntahe, nkorere igihugu […]

Rusizi: Yafatanwe amabalo 18 ya magendu y’imyenda ya caguwa n’inkweto

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 28 Kanama abapolisi bo mu ishami rya Polisi y’u Rwanda bashinzwe kurwanya abanyereza imisoro(RPU) bafashe amabalo 18 y’imyenda ya caguwa n’inkweto imiguru 30 byinjizwaga mu Rwanda mu buryo bwa magendu. Ibyo bicuruzwa byafatiwe mu Karere ka Rusizi, Umurenge wa Gihundwe, Akagari ka Kamatita, mu midugudu ya […]

Umucuruzi w’Umunyarwanda yapfiriye muri Uganda azize impanuka itavugwaho rumwe

Umucuruzi w’Umunyarwanda witwa Sivo, wakoreraga mu gihugu cya Uganda kuri uyu wa Gatatu yishwe agonzwe n’imodoka mu buryo butavugwaho rumwe. Ibi byabereye mu gace ka Bujenje ku muhanda Masindi-Hoima ku isaha ya saa kumi n’imwe z’umugoroba, aho amakuru agera ku rubuga rwa VirungaPost avuga ko imodoka yagonze yaba yari itwawe n’umukozi w’Urwego rw’Ubutasi bwa Gisirikare, […]

Umuturirwa wo mu Mujyi wa Dalian mu Bushinwa wafashwe n’inkongi y’umuriro

Amakamyo arenga 30 ya kizimya mwoto yahamagariwe kuzimya inyubako ndende yo mu mujyi wa Dalian mu Bushinwa. Nta bantu baramenyekana baba bagizweho ingaruka n’iyi nkongi ariko amafoto yashyizwe ahagaragara aragaragaza iri gorofa rikongoka kuva hasi kugeza hejuru. Ibi byabaye kuri uyu wa Gatanu kuri inyubako ndende, iherereye mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’u Bushinwa. Ibitangazamakuru byo mu […]

Kagame en Allemagne pour Le sommet « Compact with Africa »

Le prĂ©sident Paul Kagame est Ă  Berlin, en Allemagne, oĂč, aux cĂŽtĂ©s d’autres chefs d’État de divers pays africains, il participera au sommet du Pacte du G20 avec l’Afrique organisĂ© par la chanceliĂšre allemande Angela Merkel. Le sommet de cette annĂ©e comprendra un sommet du G20 sur l’investissement sur les « Conditions-cadres pour les affaires et […]

Umuherwe Berlusconi wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani yajyanwe mu bitaro

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Silvio Berlusconi yakiriwe mu Bitaro bya San Raffaele, mu Mujyi wa Milan ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane nk’uko amakuru aturuka mu ishyaka rye, Forza Italia yageze kuri Reuters kuri uyu wa Gatanu avuga. Amakuru macye yagiye ahagaragara avuga ko Berlusconi yakiriwe mu bitaro ngo asuzumwe ariko nta […]

Abantu bacuruza udupfukamunwa batabifitiye uburenganzira bihanangirijwe

Abacuruza n’abakora udupfukamunwa batabifitiye uburenganzira bihanangirijwe n’Ikigo gishinzwe ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti, Rwanda FDA, kuko barimo kurenga ku mabwiriza ariho, ndetse bakaba batiza umurindi ikwirakwira rya Covid-19. Hirya no hino usanga hagurishwa udupfukamunwa ariko abantu batugura basigarana impungenge z’uko nta birango by’ubuziranenge utwinshi dufite, ndetse bamwe bavuga ko batazi uko bamenya udupfukamunwa twizewe. Umwe mu baganiriye […]

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Mali yatawe muri yombi

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Mali, Boubeye Maiga, yatawe muri yombi akurikiranweho uruhare mu igurwa ry’indege y’uwari umukuru w’igihugu, Ibrahim Boubacar Keita, ritavuzweho rumwe. Impamvu ya nyayo y’itabwa muri yombi rye ntabwo irasobanuka neza, ariko rifitanye isano n’indege yaguriwe umukuru w’igihugu mu 2014 kuri miliyoni 40$ nk’uko umwunganizi we, Kassoum Tapo, yabitangarije Reuters ku murongo […]

William Ruto yambuwe abashinzwe kumurinda

Visi Perezida wa Kenya, William Ruto, ari gutabaza avuga ko yambuwe abashinzwe kumurinda binyuranyije n’amategeko. William Ruto wagaragaje ko yiteguye guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ataha yo mu 2022, abinyujije ku muvugizi we yavuze ko yambuwe abari bashinzwe kumurinda mu rugo rwe kuri uyu wa Kane. Itangazo ryashyizwe ahagaragara rigira riti “ Muri iki […]

Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Aimable Karasira

Aimable Karasira Uzaramba ukurikiranweho ibyaha byo guha ishingiro jenoside yakorewe Abatusti ndetse no kuyihakana akomeje gufungwa by’agateganyo nyuma y’aho Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanze ubujurire bwe, mu gihe avuga ko atiteguye gukomeza kuburana urubanza rwe avuga ko rushingiye ku mpamvu za Politiki. Ubushinjacyaha bumukurikiranyeho ibyaha bine byo guha ishingiro no guhakana jenoside yakorewe abatutsi, gukurura […]

Rusizi: Umugabo wari ukurikiranweho ibyaha bya jenoside yakatiwe igifungo cya burundu

Urukiko rw’Ibanze rwa Kagano, mu Karere ka Rusizi, kuwa 23 Kanama rwahamije uwitwa Nigirente Jeremie w’imyaka 58 icyaha cya jenoside yari akurikiranyweho n’Ubushinjacyaha maze rumuhanisha igihano cy’igifungo cya burundu. Nigirente Jeremie yari akurikiranweho ibyaha byakozwe mu mwaka w’1994 aho yashinjwe kugira uruhare mu bitero byishe Abatutsi bari bahungiye ku cyahoze ari Superefegitura ya Rwesero ubu […]

Mama ntiyashakaga ko dufatirwa mu mutego tukicirwa mu nzu yacu – Perezida Kagame

Hashize imyaka 60 Perezida wa Repubulika, Paul Kagame avuye mu Rwanda ahunze n’umuryango we, bajya gushaka ubuhungiro muri Uganda bahunga kwicirwa mu nzu yabo ariko ntaribagirwa uko bahavuye. Ibi umukuru w’igihugu yabitangarije mu kiganiro cyihariye yagiranye n’ikinyamakuru Jeune Afrique, avuga ukuntu umubyeyi we yamuhungishije bahunga kwicwa nk’uko byagendekeye benshi mu Banyarwanda nyuma mbere gato y’ubwigenge […]

Uwahoze ari perezida wa Tchad ashyinguwe i shyanga

HissĂšne HabrĂ© wahoze ari Perezida wa Tchad arashyingurwa kuri uyu wa Kane mu gihugu cya Senegal ari nacyo yapfiriyemo aho yari afungiye, mu gihe hibazwaga igihe umurambo we uzacyurwa mu gihugu cye. HissĂšne HabrĂ© yabarizwaga muri Senegal kuva mu myaka 31 ishize aho yahungiye nyuma yo guhirikwa ku butegetsi na Idriss DĂ©by, muri iki gihugu […]

Musanze: Batanu barashinjwa kwica umusore wari urangije amashuri yisumbuye

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Musanze bwashyikirijwe dosiye iregwamo abantu batanu bakurikiranyweho icyaha cy’ubwicanyi cyakorewe umusore w’imyaka 21. Iki cyaha cyakozwe ku itariki ya 13 Kanama 2021 ubwo umusore witwa Habimana Gad wari umaze igihe gito arangije amashuli yisumbuwe yahamagawe n’umuntu kuri telefoni amubwira ko yamuboneye LAPTOP yo kugura mu Murenge wa Kagogo, mu Karere […]

Burundi: Haravugwa iyicwa ry’Imbonerakure yishwe na bagenzi bayo

Uwitwa Jean Bosco Ndihokubwayo wo muri Komini Kibago mu Ntara ya Makamba bivugwa ko yari Imbonerakure yishwe kuwa Kabiri ushize na bagenzi be bari birirwanye basangira inzoga mbere y’uko haduka amakimbirane. Umwe mu babonye uko byagenze yagize ati “ Batangiye gushyamirana mu kabari. Bateranaga ubwoba. Jean Bosco nyuma yaje kwicwa atemaguwe ubwo yari arimo gutaha […]

Mozambique: Uwari minisitiri avugwaho kunyereza miliyari z’amadolari z’inguzanyo

Igihugu cya Afurika y’Epfo kigiye koherereza Mozambique uwahoze ari minisitiri w’imari, Manuel Chang, wavuzwe mu mahano adasanzwe aho yafashe umwenda mu izina ry’igihugu amafaranga akayakubita mu mufuka we. Uyu yari minisitiri w’imari kuva mu 2005 kugeza mu 2015 ku butegetsi bwa Perezida Armando Guebuza. Chang yaje gufata inguzanyo mu buryo bwa magendu ya miliyari 2,2 […]

Hari iperereza ryakorwaga kuri Rusesabagina mu Bubiligi ryari ritararangira

Umunyamategeko wunganira Paul Rusesabagina wo mu Bubiligi uherutse kwirukanwa mu Rwanda aravuga ko umukiriya we yaje mu Rwanda mu gihe hari iperereza ryari riri kumukorwaho muri iki gihugu ryari ritararangira kubw’ibyo agasaba ko yakoherezwa rigakomeza akaba ariho aburanira. Rusesabagina ufite ubwenegihugu bw’u Bubiligi, ategereje umwanzuro w’urukiko ku itariki 20 Nzeri aho ashobora kuzakatirwa igihano cy’igifungo […]

Corps d’un ressortissant rwandais de 24 ans retrouvĂ© par la police Canadienne

Le corps de Steve Nkusi, un ressortissant rwandais qui s’est noyĂ© dans un lac le week-end dernier, a Ă©tĂ© retrouvĂ© par la police Canadienne le mardi 23 aoĂ»t. Le corps a Ă©tĂ© retrouvĂ© dans le lac Ontario oĂč le jeune homme de 24 ans se serait noyĂ© alors qu’il cĂ©lĂ©brait un anniversaire sur un bateau. […]

Mali: Dosiye y’indege y’uwahoze ari perezida n’ibikoresho bya gisirikare yongeye kuburwa

Muri Mali, ikibazo cy’indege ya perezida n’amasezerano y’ibikoresho bya gisirikare, byari byaryamishijwe mu 2018, byongeye kubyutswa. Abaminisitiri, abajyanama ba perezida n’abacuruzi bari mu bari gukurikiranwa. “Iperereza ry’inyongera ryarakozwe, kandi abaminisitiri bagombaga kumvwa barumvishijwe” nk’uko byatangajwe kuri televiziyo y’igihugu n’umushinjacyaha mukuru w’Urukiko rw’Ikirenga, Mamadou Timbo nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ikomeza ivuga. Muri iyi dosiye yo […]

Tanzania: Igitero hafi ya Ambasade y’u Bufaransa cyahitanye abapolisi batatu

a3cgbsfxcfodpn7jtlv723qs64.jpg

Abantu bane barimo abapolisi batatu, n’umusivili biciwe hafi ya Ambasade y’u Bufaransa mu gihugu cya Tanzania kuri uyu wa Gatatu nk’uko byemejwe n’Igipolisi kivuga ko uwakoze ubwicanyi wari witwaje imbunda nawe yarashwe akicwa. Igipolisi kiravuga ko abandi bantu batandatu bakomeretse muri iki gitero cyagabwe n’umuntu umwe ku muhanda witiriwe Ali Hassan Mwinyi. Aya makuru yemejwe […]

Igipolisi cya Canada cyabonye umurambo w’Umunyarwanda

Ku wa Kabiri, Igipolisi cya Canada cyarohoye umurambo w’Umunyarwanda Steve Nkusi, warohamye mu kiyaga muri weekend. Umurambo watoraguwe mu kiyaga cya Ontario aho bivugwa ko uyu musore w’imyaka 24 yarohamye mu gihe bizihiza isabukuru y’amavuko mu bwato nk’uko iyi nkuru dukesha The New Times ivuga. Amakuru aturuka mu muryango we avuga ko nyuma y’uko abapolisi […]

Ruto yasubije Perezida Kenyatta wasabye abatanyuzwe na guverinoma ye kwegura

Visi perezida wa Kenya, William Ruto, kuri uyu wa kabiri yavuze ko adateze kwegura ku mirimo ye nyuma y’amasaha macye Perezida Uhuru Kenyatta asabye abantu bumva batanyuzwe na guverinoma ye kwegura. Ruto yavuze ko yiyemeje kuguma mu butegetsi bwa Jubilee kandi ko atazasubira inyuma cyangwa ngo ayamanike nubwo hari abamuhamagarira kwegura niba atemera gahunda ya […]

Kajugujugu 10 za mbere ziringirwa ku rugamba ku Isi

1._ah-64e_apache_guardian_usa_.jpg

Ku Isi hari ubwoko bugera kuri 27 bwa kajugujugu z’intambara zo kugaba ibitero (Attack helicopters) ariko muri bwo hari ubuhiga ubundi mu mikorere no kwiringirwa ku rugamba. Dore kajugujugu 10 za mbere zo kugaba ibitero ziteye imbere kurusha izindi. 1. AH-64E Apache Guardian (USA) 2. Bell AH-1Z Viper (USA) 3. Kamov Ka-52 Hokum-B (Russia) 4. […]

Ibihugu bya Algeria na Maroc byacanye umubano

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 24 Kanama mu kiganiro n’itangazamakuru, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Algeria, Ramtane Lamamra, yatangaje ku mugaragaro ko igihugu cye gicanye umubano n’igihugu cy’igituranyi cya Maroc. Ku itariki ya 20 Kanama, Perezidansi ya Algeria yari yatangaje ko iteganya gusubiramo iby’umubano wayo na Maroc, iyishinja kuba yaragize uruhare mu nkongi z’umuriro zibasiye igice […]

Gicumbi: Arashinjwa kwitwikira ijoro akajya mu rugo rw’abandi gusambanya umwana

Umusore wo mu Karere ka Rulindo, Umurenge wa Murambi, Akagari ka Gatwa, ushinjwa kuba yarateraga urugo rw’abandi mu masaha y’ijoro akajya gusambanya umwana w’umukobwa yasabiwe gufungwa by’agateganyo iminsi 30. Icyo cyaha yagikoze mu bihe bitandukanye ubwo yagiye ajya iwabo w’umwana w’umukobwa agahengera ababyeyi be baryamye umwana akamukingurira akinjira mu nzu akarara amusambanya agataha mu rukerera […]

Abanyeshuli b’abakobwa 250 bahunze Afghanistan bagiye gukomereza amasomo mu Rwanda

Abanyeshuli 250 b’Abanyafuganisitani bo mu ishuli rukumbi ry’abakobwa b’Abanyafuganistani biga bacumbikirwa mu kigo, hiyongereyeho abarezi n’ababyeyi babo u Rwanda rwemeye kubakira nk’uko byemejwe n’umuyobozi w’iryo shuli wavuze ko babaye bimuriye amasomo yabo mu Rwanda mu gihe cy’igihembwe kimwe. Abo banyeshuli ni abo mu ishuli ryitwa The School of Leadership Afghanistan SOLA ryigamo abanyeshuli 250 b’abakobwa […]

Les forces rwandaises et mozambicaines encerclent la derniĂšre cachette des terroristes

Les forces rwandaises et mozambicaines ont encerclĂ© les derniĂšres zones d’opĂ©ration majeures du groupe terroriste liĂ© Ă  l’État islamique, Siri I et Siri II, selon des informations. Ce qui apparaĂźt comme la derniĂšre grande poussĂ©e militaire des forces conjointes contre les insurgĂ©s dans la province la plus septentrionale du Mozambique, Cabo Delgado, survient Ă  peine […]

Umuyobozi wa CIA aravugwaho kubonana mu ibanga n’umuyobozi w’Abatalibani

Umuyobozi w’ikigo cy’ubutasi cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, CIA, William Burns, aravugwaho guhura mu ibanga n’umuyobozi w’Abatalibani, Abdul Ghani Baradar i Kabul nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru nka Washington Post na Associated Press. Iyi nama yaba yaba yabaye mu gihe ibikorwa byo guhungisha abanya-Afghanistan n’Abanyamerika bakoreraga muri iki gihugu. Kugeza ubu abantu 16,000 bamaze guhungishwa bavanwa […]

HissĂšne HabrĂ© wayoboje Tchad inkoni y’icyuma yapfiriye muri gereza

Uwahoze ari Perezida wa Tchad, HissĂšne HabrĂ©, yapfiriye muri gereza yari afungiyemo mu gihugu cya Senegal ku myaka 79 y’amavuko. Yari afungiye muri iyi gereza nyuma yo gukatirwa igifungo cya burundu mu 2016 kubera ibyaha byibasiye inyokomuntu nk’uko byatangajwe kuri uyu wa kabiri. Ibinyamakuru byo muri Senegal byatangaje ko uyu mugabo wigeze kuyoboza Tchad inkoni […]

Rubavu: Umugabo akurikiranweho kwica umukobwa we amuziza ko yatinze gutaha

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Rubavu bukurikiranye umugabo ukekwaho kwica umwana we w’umukobwa w’imyaka 15 amuhoye ko yatinze gutaha. Iki cyaha cyakorewe mu Mudugudu wa RukeriI, Akagari ka Bihungwe, Umurenge wa Mudende, mu Karere ka Rubavu, Intara y’Uburengerazuba, ku itariki ya 11 Kanama 2021 ubwo uregwa yicaga umwana we w’umukobwa w’imyaka 15 amuziza ko yatinze […]

Perezida Duterte arateganya kurekura ubutegetsi ahita aba visi perezida

abs-cbn-franchise-renewal-senate-february-24-2020-034.jpg

Perezida wa Philippine, Rodrigo Duterte, yemeye kuzaba umukandida w’ishyaka rye (PDP-Laban) mu matora yo mu mwaka utaha ku mwanya wa visi perezida, aho asa nk’uska kwiharurira inzira yo kuzagumana ububasha nyuma yo gusoza kuva ku butegetsi nyuma ya manda yemerewe. Ishyaka PDP-Laban ryatangaje ibi mbere y’amatora y’abagize inteko ishinga amategeko ateganyijwe ku itariki 08 Nzeri, […]

Sudani: Amafaranga yanyerejwe n’ubutegetsi bwa Omar al Bashir akomeje gushakirwa hasi hejuru

Banki nkuru ya Sudani irimo irahigira hasi hejuru akayabo k’amadolari yabayaranyerejwe n’uwari perezida w’iki gihugu Omar al Bashir n’abantu bamwegereye. Nk’uko bitangazwa na RFI, Banki Nkuru y’iki gihugu yafashe icyemezo cyo gufatira konti za banki z’abantu 161 bakekwaho ibikorwa byo guhungabanya ubukungu. Urutonde ruriho abantu bahoze bashyigikiye Omar al-Bashir n’abantu bo mu muryango we. Iki […]

Umunyamategeko w’Umubiligi wirukanwe mu Rwanda arateganya kuhagaruka

Umunyamategeko w’Umubiligi Vincent Lurquin uherutse kwirukanwa mu Rwanda nyuma yo gushaka kuburanira Paul Rusesabagina atabiherewe uburenganzira, aravuga ko yiteguye kugaruka ubwo urubanza ruzaba rusubukurwa mu kwezi kwa cyenda. Ibi uyu munyamategeko yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma yo kuva mu Rwanda nk’uko tubikesha Ijwi rya Amerika. Leta y’u Rwanda kuri uyu wa Gatandatu tariki ya […]

Menya ibifaru u Rwanda ruri gukoresha muri Mozambique harimo ibyo bitari bizwi ko rutunze

rwanda-army-operating-isotrex-phantom-ii-armor-scaled.jpg

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique kugarura umutekano mu Ntara ya Cabo Delgado zitwaje ibikoresho bitandukanye bizifasha muri aka kazi harimo imodoka z’intambara z’umutamenwa harimo izo mu bwoko bwa Isotrex Phantom II zatunguye benshi kuko bitari bizwi ko u Rwanda ruzitunze nk’uko bitangazwa na Africanmilitaryblog. Iki kinyamakuru gikunze gukora inkuru zijyanye n’igisirikare, kivuga ko iyo […]

Sudani zombi ziyemeje gufungura imipaka yazo yari imaze imyaka isaga 10 ifunze

Ibihugu bya Sudan na Sudani y’Epfo byemeranyije gufungura imipaka yabyo nyuma y’imyaka 11 ifunze. Ibi byatangajwe nyuma y’inama yabaye hagati ya Perezida Salva Kiir na Minisitiri w’Intebe wa Sudani y’Epfo, Abdalla Hamdok nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Perezida Kiir. Nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara na perezidansi The East African yabonye muri iyi weekend rivuga, ngo iyi nama […]

Amafoto: Ihere ijisho umutwe w’ingabo zidasanzwe z’Abatalibani, Badri 313, zirinze Kabul

taliban03.jpg

Leta nshya ya Kisilamu iyoboye Afghanistan nyuma yo kwigarurirwa n’Abatalibani yamaze gukora umutwe wiswe Badri 313 w’ingabo zidasanzwe zifite ibikoresho bikomeye byiganjemo ibyo bambuye ingabo zatsinzwe. Izina ry’uyu mutwe w’abakomando b’Abatalibani bivugwa ko bafite imyitozo yo lu rwego rwo hejuru wagereranya n’izindi special Forces zo mu karere nk’u Buhinde na Pakistan, rikomoka ku rugamba rwa […]

Uganda: Umudepite n‘abo bari kumwe bari bivuganwe n’abaturage barakaye

Depite Francis Mwijukye mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru yari yivuganwe n’abaturage bariye karungu nyuma y’aho imodoka ye igonze abana babiri bagahita bapfa mu Giturage cya Mbizzinya-Kyengera, hafi y’Umujyi wa Buwama, ku muhanda Kampala-Masaka. Iyi mpanuka yabaye saa kumi n’ebyiri nyuma y’aho imodoka y’uyu mudepite yo mu bwoko bwa Land Cruiser Prado igonze abantu batatu, […]

Abarwanyi biyemeje guhangana n’Abatalibani bigaruriye uturere dutatu

Abasirikare b’Abanya-Afghanistan biyemeje guhangana n’ubutegetsi bw’Abatalibani baravuga ko bigaruriye uturere dutatu, mu ntsinzi ya mbere yabo kuva batangiza uru rugamba rwo kurwanya Abatalibani baherutse kongera kwigarurira igihugu bari barambuwe n’Abanyamerika mu 2001. Gen. Bismillah Mohammadi, wari minisitiri w’ingabo, warahiriye guhangana n’Abatalibani, abinyujije kuri twitter mu mpera z’icyumweru gishize yatangaje ko uturere twa Deh Salah, Banu […]

RDC: Umusirikare yishe umugabo wari utabaye umukobwa we wari ugiye gufatwa ku ngufu

Umugabo witwa Benjamin Nsinga yishwe n’umusirikare wa FARDC wamurashe arimo kurinda umukuriye, Umukapiteni, wari umaze gufatirwa mu cyuho n’uyu mugabo afata ku ngufu umukobwa we. Ibi bikaba byarabaye kuwa Gatandatu, itariki 21 Kanama, ku muhanda wa 15 muri Komini ya Kabondo. Nk’uko ababibonye babitangaje, umusirikare yagize ubwoba ubwo abaturage bashakaga kumuta muri yombi arasa amasasu […]

Ikiguzi ku guhererekanya amafaranga hagati ya konti ya banki n’iya MoMo cyakuweho

Ikiguzi ku ihererekanya ry’amafaranga hagati ya konti ya Banki n’iya Mobile Money by’umuntu umwe cyakuweho nk’uko byatangajwe na Banki Nkuru y’Igihugu. Ni nyuma y’uko abaturage bari bamaze iminsi binubira iki kiguzi bagaragaza ari imbogamizi kuri gahunda yo gukoresha ikoranabuhanga mu ihererekanya ry’amafaranga, bumwe mu buryo bukoreshwa mu kugabanya ikwirakwira rya COVID-19. Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) […]

Nyamasheke: Hari aho amazi y’Ikiyaga cya Kivu yatangiye gukama

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buravuga ko burimo gushakisha umuti w’ikibazo cy’Ikiyaga cya Kivu cyatangiye gukama mu gice cyo mu Murenge wa Kagano, Akagari ka Mubumbano. Abaturage bo muri uyu murenge basaba abayobozi bireba kwihutira gukemura iki kibazo kibasiye igice kimwe cy’ikiyaga cya Kivu mu Murenge wa Kagano ahazwi nko ku kiraro cya Kamiranzovu, aho umugezi […]

Abafite imyaka 18 bagiye kwibandwaho mu cyiciro cya 3 cyo gukingira Covid-19

Minisitieri y’ubuzima ifatanyije n’Ikigo cy’igihugu cy’Ubuzima (RBC) biratangaza ko abantu basaga miliyoni mu gihugu bamaze gukingirwa Covid-19, hakaba hagiye gutangira icyiciro cya gatatu kuri uyu wa Mbere, itariki 23 Kanama 2021, kigomba kwibanda ku bantu bari mu myaka 18 muri Kigali. Biteganyijwe ko iki cyiciro gikurikiye kigomba kurangira abantu 90% bari mu kigero cy’imyaka 18 […]

Uwahoze ari Perezida wa Bolivia yashatse kwiyahurira aho afungiye

Kuri uyu wa Gatandatu, uwahoze ari Perezida wa Bolivia, Jeanine Anez, yibabaje yikata imitsi y’amaboko aho afungiye muri gereza, nk’uko umwunganizi we mu mategeko, Norka Cuellar yabitangarije ibitangazamakuru byaho nyuma y’uko abapolisi babifashe nko gushaka kwiyahura. Uyu munyamategeko yabwiye abanyamakuru ati: “Uku ni ugutabaza k’uwahoze ari perezida. Yumva atotezwa cyane”. Cuellar yakomeje agira ati: “Muganga […]

RDC: Umunyapolitiki Gabriel Kyungu wagize uruhare mu gushinga UDPS yitabye Imana

Gabriel Kyungu Wa Kumwanza, washinze ishyaka UDPS afatanyije na Étienne Tshisekedi mu ntangiriro z’imyaka ya 80 ndetse akaba yari umuntu ushyigikira cyane umuhungu w’umusangirangendo we, Felix Tshisekedi, uyoboye Repubulika ya Demokarasi ya Congo muri iki gihe, yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu, iariki 21 Kanama aguye i Luanda muri Angola. Gabriel Kyungu yari mu rubuga […]

Iburasirazuba: Bategekwa aho baguriramo ibikoresho batabikora bagatinda guhabwa amazi

Mu Ntara y’Iburasirazuba hari abaturage bavuga ko bamwe mu bakozi ba WASAC babategeka aho bagomba kugura ibikoresho byo gukurura amazi babigurira ahandi bagatinda guhabwa amazi, mu gihe iyo ubiguriye aho bakubwiye icyumweru kidashira utarabona amazi kandi ibiciro byaho biba biri hejuru y’ahandi. Aba baturage bavuga ko iyo bajyanye inyemezabwishyu zigaragaza ko baguriye ibikoresho, kuri WASAC […]

Ikibazo gikunze guteza imirwano hagati y’ingabo za RDC na Zambia kigiye gukemurwa

Impuguke za Repubulika haranira emokarasi ya Congo n’iza Zambia kuva kuri uyu wa Gatanu ushize ziri Pweto, ku mupaka w’ibihugu byombi aho zigiye gufatanya kongera kugaragaza imbago zibigabanya hagati y’ibiyaga bya Moero na Tanganyika, aho zinyura hatavugwaho rumwe ndetse mu minsi ishize ingabo z’ibihugu byombi zikaba zaraharwaniye. Ibirometero birenga 200 nibyo birebwa n’iyi mirimo yo […]

Tony Blair asanga icyemezo cyo gukura ingabo muri Afghanistan ari “ubugoryi”

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Tony Blair asanga icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika zo gukura ingabo muri Afghanistan ari “ubugoryi”. Ibi akaba ari byo yatangaje bwa mbere kuva Kabul yakongera kwigarurirwa n’Abataliban mu cyumweru gishize. Tony Blair yabitangaje yigfashishije urubuga rwa twitter, ashimangira ko guta Afghanistan kwa Amerika n’abaturage ba yo “biteye […]

Le verdict sur l’affaire terroriste du FLN est fixĂ© au 20 septembre

La Haute Cour pour les crimes internationaux et transfrontaliers a annoncĂ© que le verdict dans l’affaire de terrorisme du FLN serait rendu le 20 septembre. Le procĂšs qui dure depuis des mois implique Paul Rusesabagina, Callixte Nsabimana et 19 autres personnes qui sont jugĂ©es dans le cadre des attaques terroristes de 2018 et 2019 contre […]

Uganda: Guverinoma yahagaritse imiryango itegamiye kuri leta (ONGs) isaga 50

Guverinoma ya Uganda kuri uyu wa Gatanu yahagaritse ibikorwa by’imiryango itegamiye kuri leta (ONGs) igera 54, aho umwe muri yo uvuga ko ari ugutotezwa gushingiye kuri politiki. Ihagarikwa ry’iyi miryango bivugwa ko rishingiye ku mpamvu zitandukanye zirimo kutubahiriza amabwiriza asaba imiryango nk’iyi kutivanga muri politiki. “Twahagaritse ibikorwa byayo,” Uyu ni Steve Okello, chairman w’urwego rukurikirana […]

Abakire 10 ba mbere binjiza amamiliyoni kubera Youtube

YouTube yahinduye uburyo bwo gusangira ibiri muri videwo kandi uyumunsi YouTube ni urubuga runini kandi rworoshye rwo gusangira amashusho. YouTube yatumye abantu bakira ndetse baba abaherwe. Benshi mu bafite imiyoboro ya youtube (YouTubers) binjiza ibihumbi by’amadorari kuri YouTube buri kwezi ariko YouTube ntabwo yonyine ari yo yinjiriza aba hari n’ibindi bikorwa baba bafite bamamaza bifashishije […]

Huye: Umugabo wasambanyije umwana we yakatiwe n’urukiko

Urukiko rwisumbuye rwa Huyekuwa gatatu rwasomye urubanza Ubushinjacyaha bwari bukurikiranyemo umugabo washinjwaga gusambanya umwana we, rumuhamya icyaha maze rumukatira igifungo cy’imyaka 20. Uyu mugabo yagabanyirijwe igihano rumukatira icyo gifungo kubera ko kuva yafatwa kugeza aburana mu mizi yemeye icyaha, asobanura ku buryo budashidikanywaho uko yagikoze, ko atashimishijwe no kuba yaragikoze kandi akaba yarasabye imbabazi. Ubushinjacyaha […]

RDC: FARDC irigamba kwica inyeshyamba 8 za ADF

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo cyatangaje ko kishe inyeshyamba 8 za ADF mu gace ka Malaya gaherereye hafi ya Boga, muri Teritwari ya Irumu, mu Ntara ya Ituri kuri uyu wa Kane, itariki 19 Kanama 2021. Aya makuru yatangarijwe 7sur7.cd kuri uyu wa Kane ubwo yavuganaga na Lt. Jules Ngongo, umuvugizi w’igisirikare muri […]

RwandAir va commencer ses vols vers Goma et Lubumbashi

Le transporteur national, RwandAir, lancera des vols directs vers les villes de Goma et Lubumbashi en RD Congo. Les vols sont programmĂ©s pour opĂ©rer sur une base hebdomadaire avec des dates encore Ă  confirmer. Ces routes viennent en complĂ©ment du seul vol de RwandAir vers Kinshasa. La PDG de RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, a dĂ©clarĂ© […]

Nyarugenge: Ushinjwa gucuruza ibiyobyabwenge yasabiwe igifungo cya burundu

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa Gatatu , itariki 18 Kanama 2021 rwasabiye igihano cy’igifungo cya burundu umugabo ukurikiranweho icyaha cyo gucuruza urumogi Uyu mugabo akaba yarafatiwe mu cyuho agiye kugurisha boules 192 z’urumogi. Uyu mugabo wahawe amazina ya M.J.D yafatiwe mu cyuho ku itariki 09 Nyakanga 2021 nka saa yine za […]

Burkina Faso: Abantu 47 barimo abasivili n’abasirikare bishwe n’ibyihebe

Abasivili byibuze 30 n’abasirikare 14 ba Burkina Faso biciwe mu gitero cyagabwe ku modoka bari barimo. Abaturage bavaga mu mujyi wa Dori bagana Arbinda, ni bo bibasiwe n’iki gitero gishya cy’iterabwoba. Abashinzwe umutekano n’abakorerabushake bagerageje kwica ibyihebe 58 nk’uko amakuru ava mu nzego z’umutekano avuga, mu gihe Perezida Roch Marc Christian Kabore yatangaje icyunamo cy’iminsi […]

Kivu y’Amajyaruguru: Intambara y’amagambo irakomeje hagati y’abadepite na FARDC

Nyuma y’aho FARDC kuwa Mbere ushize, itariki 16 Kanama 2021, itangarije ko abadepite hafi ya bose bavuka mu burasirazuba bw’igihugu bashyigikiye imitwe yitwaje intwaro ihakorera kandi batishimiye ibihe bidasanzwe byatangijwe n’umukuru w’igihugu hagamijwe kuhagarura amahoro, abadepite na bo bikomye igisirikare bagishinja kunanirwa guhangana n’inyeshyamba ahubwo kikabitwaza kikanabatera ubwoba. Sylvain Ekenge, umuvugizi w’ubuyobozi bwa gisirikare buyoboye […]