Uganda yatumije ibimodoka byâintambara birimo n’ibitunzwe nâu Rwanda

Igihugu cya Uganda kigiye kwibikaho ibimodoka byâintambara byâimitamenwa byâubwoko bubiri; Otokar Arma 8Ă8 na Otokar Cobra II 4Ă4 zikorwa nâuruganda Otokar rwo muri Turkiya. Mu kwezi gushize nibwo iki kigo gikora ibikoresho byâubwirinzi, Turkish Otokar, rwatangaje ko rwasinye amasezerano yo kugurisha ibimodoka byâimitamenwa 100 rukora byo mu bwoko bwa Arma 8×8 na Cobra II kuri […]
Intambara izahera iwabo irangirire iwabo â Perezida Ndayishimiye

Kuri uyu wa Gatandatu ushize nibwo mu Burundi hasojwe icyumweru cyahariwe abarwanyi mu ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, aho mu ijambo rye Perezida Evariste Ndayishimiye yahaye gasopo abazagerageza guhungabanya umutekano wâigihugu ababwira ko intambara izahera iwabo ikarangirira iwabo. Kuri uyu munsi, amatsinda ane yâImbonerakure yakoze akarasisi akurikiwe nâabana binjijwe muri ishyaka CNDD-FDD barahiye mu ndirimbo […]
MINEDUC irahumuriza ababyeyi ku kwemerera abanyeshuri gusubira ku ishuri
Minisiteri yâuburezi irahumuriza ababyeyi kubwâicyemezo cyo gukomeza gufungura ibindi byiciro byâamashuri, nkâaho kuri uyu wa Mbere abanyeshuri biga mu mwaka wa mbere, mu wa kabiri no mu wa kane mu mashuri yisumbuye nâamashuri abanza basubukura amasomo yabo, ivuga ko iki cyemezo cyizweho neza. Ni mu gihe hagitegerejwe ibyavuye mu bipimo byafashwe mu rwego rwo kureba […]
U Bushinwa bwakoresheje intwaro yâibanga yatumye ingabo zâu Buhinde zita umupaka nta sasu rivuze
Ingabo zâu Buhinde zashyizwe ku mupaka utavugwaho rumwe wâu Buhinde nâu Bushinwa mu misozi ya Himalaya ziherutse gufatwa nâindwara yâamayobera yaziciye intege mu kanya nkâako guhumbya bikaba ngombwa ko zimwe zita umupaka, none hamenyekanye intwaro yâibanga u Bushinwa bwakoresheje mu guca intege aba basirikare. Biravugwa ko izi ngabo zâu Buhinde zumvaga zimeze neza, ziri maso […]
Koffi Olomide na Diamond Platnumz baba bagiye gukorana indirimbo

Umuhanzi Koffi Olomide yaba agiye gukorana indirimbo nâumuhanzi Diamond Platnumz ishobora kuzagaragara kuri Album yiswe LĂ©gende » Koffi yitegura gushyira hanze mu mwaka utaha wa 2021. Koffi Olomide amaze umwaka atangaza abantu bashobora kuzafatanya nawe muri uyu mushinga we barimo Davido, Tiwa Savage, Damso, Ninho, Charlotte Dipanda, Fally Ipupa, Hiro le Coq, Gaz Mawete, Naza […]
Burera: Umwe mu barasiwe ku mupaka yatorotse ivuriro ryamwakiriye muri Uganda
Rusizi Rwamayanje, umwe mu Banyarwanda barasiwe hagati yâumupaka wâu Rwanda na Uganda kuwa Gatanu bagerageza kwinjiza mu gihugu Kanyanga biravugwa ko yatorotse Ikigo Nderabuzima cya Rubaya muri Uganda aho yari yagiye kuvurirwa. Nkâuko bitangazwa nâikinyamakuru The Independent, Rusizi yari umwe mu gatsiko kâAbanyarwanda 10 bari baturutse muri Uganda ubwo baraswagaho nâabashinzwe umutekano bâu Rwanda. Umwe […]
Burundi: Amnesty iratabariza Germain Rukuki wakatiwe imyaka isaga 30 yâigifungo
Ubwo yatangizaga ubukangurambaga ngarukamwaka bwâuburenganzira bwa muntu kuri uyu wa Gatanu ushize, Amnesty International yasabye abayobozi bâu Burundi guhindura igihano cyahawe impirimbanyi yâuburenganzira bwa muntu, Germain Rukuki, no guhita afungurwa nta yandi mananiza. âGermain Rukuki amaze imyaka irenga itatu afunzwe by’agateganyo ashinjwa ibinyoma. Muri kiriya gihe, ntabwo yabonye umuryango we cyangwa ngo afate umuhungu we […]
Intasi yâUmuyahudi yafunzwe imyaka igera kuri 30 yemerewe kuva muri Amerika
Kuri uyu wa Gatandatu Minisitiri wâIntebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yashimye icyemezo cyo guhagarika kubuza uburenganzira bwo kugenda Umunyamerika wâUmuyahudi ufungiye muri Amerika kuva mu 1985 azira kunekera Leta ya Israel. Kuwa Gatanu, nibwo minisiteri yâubutabera ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko yakuyeho ibyo yari yasabye Jonathan kubahiriza igihe yarekurwaga. Uyu wahoze ari […]
Rubavu: Yafatanywe udupfunyika 1,000 tw’urumogi yambaye umwambaro w’ishuri
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Busasamana mu Kagari ka Gihonga yafashe Umulisa Josiane w’imyaka 25. Abapolisi bamufashe kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Ugushyingo, bamufashe yambaye umwambaro w’ishuri ndetse afite igikapu kirimo ibitabo n’udupfunyika 1000 tw’urumogi. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure […]
Umucamanza wa Pennsylvania yateye utwatsi ubusabe bwa Perezida Trump
Umucamanza Matthew Brann wo muri Leta ya Pennsylvania yateye utwatsi ibirego byâabashyigikiye Donald Trump bifuza ko amamiliyoni yâamajwi yâabatoye bakoresheje iposita yagirwa impfabusa, ashimangira ko ibi birego nta shingiro bifite. Iki cyemezo cyâurukiko kikaba cyahaye uburenganzira Leta ya Pennsylvania bwo kuzemeza intsinzi ya Joe Biden mu cyumweru gitaha, aho arusha Trump amajwi 80,000. Umucamanza Brann […]
Ingabo za Ethiopia zigaruriye umujyi wa kabiri munini muri Tigray
Igisirikare cya Ethiopia (ENDF) cyigaruriye umujyi wa Adigrat wa kabiri munini mu Ntara ya Tigray, mu gihe Minisitiri wâIntebe Abiy Ahmed adakozwa ibyo gushyikirana nâinyeshyamba za TPLF nkâuko abisabwa na Afurika Yunze Ubumwe. Ibiro bya Minisitiri wâIntebe, Abiy Ahmed nibyo byatangaje kuri uyu wa Gatandatu ko ingabo za leta zafashe umujyi wa Adigrat kandi zikomeje […]
Bujumbura: Yasanzwe mu mugozi bagiye gutabaza umugore basanga nawe yapfuye
Kuri uyu wa Kane ushize, itariki 19 Ugushyingo, mu gace ka Muyaga, zone Gihosha, ho mu Mujyi wa Bujumbura habaye ibintu byâamayobera ubwo umugabo yasangwaga amanitse mu giti, bajya kureba umugore we ngo babimumenyeshe bagasanga nawe yapfuye. Abishwe ni Adronis Niyonkuru wâimyaka 42 uvuka muri Komini Mugina, mu Ntara ya Cibitoke na Denise Mukamana wâimyaka […]
OIF: Hari kwibazwa byinshi ku mafaranga akoreshwa nâibiro bya Mushikiwabo
Mu Muryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), hakomeje kuvugwa urujijo kubera raporo yâimikoreshereze yâimari nâubugenzuzi bivugwa ikomeje guhishwa, ibyo bikaba binyuranyije nâamategeko agenga gukorera mu mucyo yemejwe nyuma yâimpaka zishingiye ku micungire yâuwahoze ari Umunyamabanga Mukuru, MichaĂ«lle Jean. Ibi biravugwa mu gihe politiki yemejwe mu 2018 nâibihugu bigize umuryango wa OIF itegeka gushyira ahagaragara inyandiko […]
Abanyamerika 5 n’Umufaransa baguye mu mpanuka ya kajugujugu muri Sinai
Kajugujugu yo mu bwoko bwa âUH-60 Black Hawkâ yâingabo zâamahanga zishinzwe kubungabunga amahoro nâibikorwa byâindorerezi (Multinational Force and Observers) bakorera mu karere ka Sinayi ko mu Misiri yakoze impanuka ihitana abasirikare barindwi barimo Abanyamerika batanu, Umufaransa umwe nâumusirikare wa Repubulika ya Czech, Sgt Maj. Michaela Ticha, mu gihe umunyamerika umwe yakomeretse bikabije. Minisitiri wâingabo wa […]
Ababyeyi barasabwa uruhare mu kurinda abana ihohoterwa rikorerwa kuri murandasi
Mu nama Nkuru y’Abana ya 14 yo kuri uyu wa Gatanu, itariki 20 Ugushyingo, Umuyobozi Mukuru ushinzwe ikoranabuhanga muri Minisiteri yâikoranabuhanga nâitumanaho, Kalema Gordon yagiriye abana inama yo kwitondera ibyo bashyira kuri enterineti, mu gihe Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Prof Jeannette Bayisenge yabasabye kuzirikana ko hari ababashuka bagamije kubashora mu ngeso mbi no kubacuruza bifashishije […]
Imyiyereko yâindege zâintambara za Angola i Kinshasa, ubutumwa kuri Joseph Kabila
Imyiyereko yâindege zâintambara za Angola na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yo kuri uyu wa Gatanu yateje urwikekwe hagati yâuruhande rushyigikiye Perezida Felix Tshisekedi nâuruhande rwa Joseph Kabila rwabifashe nko kurutera ubwoba. Indege ebyiri zâintambara zo mu bwoko bwa âSukhoiâ zakorewe mu Burusiya zâigisirikare cya Angola zagaragaye mu kirere cya Kinshasa kuri uyu wa 20 […]
RSSB yavuze ku bakata abakozi babo amafaranga ya EjoHeza ku gahato

Mu gihe bivugwa ko kujya muri gahunda ya EjoHeza ari ubushake, hari bamwe mu bakozi ba leta nkâabarimu ndetse na bamwe mu banyamuryango bâamakoperative atandukanye bavuga ko bakatwa amafaranga yâubu bwizigame ku gahato, ibintu ubuyobozi bwa RSSB buvuga ko bikwiye guhagarara ahubwo hakongerwa ubukangurambaga. Ibi byongeye kugarukwaho kuri uyu wa Gatanu, itariki 20 Ugushyingo mu […]
Indege zâindwanyi za RDC na Angola mu myiyereko mu kirere cya Kinshasa
Kuri uyu wa Gatanu, itariki 20 Ugushyingo 2020, muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo hateguwe imyiyereko yâindege zâindwanyi zâiki gihugu nâiza Angola zagombaga kugaragara mu kirere cya Kinshasa mbere yo kugwa ku Kibuga cyâIndege Mpuzamahanga cya Ndjiri, abaturage bakaba basabwe kutikanga. Iyi myiyereko yâigisirikare cyo mu kirere mu bihugu byombi yagombaga gutangirira kuri iki kibuga […]
La police nationale rwandaise reçoit un broyeur d’armes
La Police nationale rwandaise (RNP), le jeudi 19 novembre, a reçu une machine Ă Ă©craser les armes du Centre rĂ©gional des armes lĂ©gĂšres (RECSA), pour faciliter la destruction des armes Ă feu obsolĂštes. L’inspecteur gĂ©nĂ©ral adjoint de la police (DIGP) chargĂ© de l’administration et du personnel, Juvenal Marizamunda, a reçu la machine respectueuse de l’environnement […]
Uganda: Bamwe mu bigaragambya na bo baba bafite imbunda
Minisitiri wâumutekano wa Uganda, Gen. Elly Tumwiine aravuga ko bari gukora iperereza ku bugizi bwa nabi bwadutse nyuma yâitabwa muri yombi rya Bobi Wine kuwa Gatatu ushize, aho bikekwa ko bamwe mu bigaragambya muri Kampala baba bafite nâimbunda. Ibi Tumwiine yabitangaje kuri uyu wa Gatanu mu kiganiro nâitangazamakuru i Kampala aho yavuze ko bari gukora […]
Perezida Macron yahaye nyirantarengwa Abayisilamu bo mu Bufaransa
Perezida wâu Bufaransa, Emmanuel Macron, yabwiye abayobozi bâAbayisilamu bo mu Bufaransa gushyiraho amasezerano mu minsi itarenze 15 bemera ko Islam ari idini aho kuba umutwe wa politiki. Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu ushize, Perezida Macron yagiranye ibiganiro nâabahagarariye Abayisilamu, nkâuko byatangajwe na France24, abasaba ko hashyirwaho amasezerano Inama yâAbasilamu mu Bufaransa igomba kubahiriza. […]
U Bwongereza, Nigeria na Uganda birarwanira umunyezamu Ejeheri wa Arsenal
Amakipe yâibihugu yâumupira wâamaguru ya Nigeria, Super Eagles, iyâu Bwongereza, Three-Lions nâiya Uganda, Uganda Cranes, zirimo kurwanira kugira umukinnyi wayo umunyezamu ukiri muto wa Arsenal, Ovie Ejeheri, ukomeje kwigaragaza. Ibihugu bya Nigeria nâu Bwongereza byo biravugwa ko bimaze iminsi birwanira abakinnyi, aho bamwe bahitamo gukinira Super Eagles abandi bagahitamo gukinira Three-Lions. Amakuru atangazwa na Sky […]
U Bubiligi: Abanyarwanda baherutse gufatwa nâisano bafitanye nâumuryango wa Habyarimana
Igihugu cyo mu Burayi kugeza ubu gifite umubare munini wâimanza zerekeranye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, u Bubiligi buherutse gufata abandi bantu batatu, harimo babiri bari begereye umuryango wa Habyarimana, Aba bakekwa mu ntangiriro z’Ukwakira nibwo bajyanwe gufungwa mu gihe iperereza rigikomeje. Aba bakekwa batawe muri yombi mu gihe cyo gusaka kwabaye […]
Burundi: Leta yamaramaje gufunga ibiro byâIntumwa idasanzwe ya Loni
Guverinoma yâu Burundi yateye utwatsi mu nyandikomvugo icyifuzo cyâUmunyamabanga Mukuru wâUmuryango wâAbibumbye wokongerera igihe intumwa ye idasanzwe muri iki gihugu akazahaguma kugeza ku itariki 31 Ukuboza 2021. Guverinoma ya Gitega iravuga ipaje yâibibazo byo mu 2015 byakurikiye icyemezo cya perezida Nkurunziza, kuri ubu utakiriho, yahinduwe kuva Perezida Evariste Ndayishimiye yamusimbura ku butegetsi. Nta kwibeshya muri […]
Alain Gauthier wareze Agatha Kanziga hari icyo yemeranya na we
Umuryango CPCR (Collectif des parties civiles pours le Rwanda ) uzwiho gukurikirana abagize uruhare muri Jenoside bahungiye mu Bufaransa, uravuga ko wemeranya na Agatha Kanziga, umufasha wâuwahoze ari Perezida wâu Rwanda, Juvenal Habyarimana, ku kuba iperereza akorwaho rikomeje gutinda, ugaragaza ko utishimiye ukuntu akomeje gucika ubutabera. Kanziga afatwa nkâumwe mu nkingi za mwamba zâicyahoze cyitwa […]
Igisirikare cya Uganda cyapfushije undi mujenerali
Igisirikare cya Uganda cyongeye gutakaza umusirikare mukuru wari ukuriye ubutegetsi nâabakozi witwa Brig. Gen. Emmanuel Mulindwa. Gen. Mulindwa yapfiriye kuri uyu mugoroba wo kuwa Gatatu mu Bitaro bya Mulago nkâuko byatangajwe nâUmuvugizi wa UPDF Brig. Flavia Byekwaso. Byekwaso yatangaje ko ko Gen. Mulindwa yapfuye mu masaha ya saa kumi zâumugoroba ariko ntiyagira byinshi atangaza ku […]
RDC: Indege y’ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije yakoze impanuka
Indege nto yo mu bwoko bwa âpetit porteurâ yâIkigo cyâigihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (ICCN) muri Congo, yakoreye impanuka ahitwa Katale, muri Teritwari ya Rutshuru, ho mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru kuri uyu wa Gatatu itariki 18 Ugushyingo 2020. Umupilote wari utwaye iyi ndege yahise apfa mu gihe abantu bane bari aho yaguye bakomeretse nkâuko bitangazwa […]
Amerika yashenye igisasu cyambukiranya imigabane (ICBM) cyari kivuye muri Aziya
Igisasu cya misile cyambukiranya imigabane (ICBM) cyasenyewe mu kirere nâikindi cyarasiwe mu bwato bwâintambara ku nshuro ya mbere mu igeregeza ryagenze neza kuri uyu wa Kabiri, nkâuko byemejwe nâIkigo gishinzwe Ubwirinzi bwa Misile cyo muri Amerika (MDA). Iki gisasu cyambukiranya imigabane cyarasiwe mu Birwa bya Marshall biherereye mu Nyanja ya Pasifika, hagati ya Hawaii na […]
Abanyarwanda baherutse kwirukanwa muri Congo basubiye mu miryango
Abanyarwanda bakabakaba 2000 bahungutse bava mu mashyamba ya Congo nyuma yo gucyurwa ku ngufu nâIgisirikare cya FARDC kuri uyu wa Gatatu, itariki 18 Ugushyingo mu gitondo, batangiye gusubizwa mu miryango yabo baturuka mu Nkambi ya Nyarushishi bari bamaze iminsi bacumbikiwemo. Imodoka 56 ni zo zavanye aba Banyarwanda 1885 muri iyi nkambi iherereye mu Karere ka […]
Un quatriÚme lot de réfugiés bloqués en Libye arrivera jeudi au Rwanda
Le quatriĂšme groupe de 80 Ă 100 rĂ©fugiĂ©s et demandeurs d’asile qui Ă©taient bloquĂ©s en Libye sera Ă©vacuĂ© vers le Rwanda ce jeudi 19 novembre 2020, s’ajoutant aux groupes prĂ©cĂ©dents qui avaient Ă©tĂ© emmenĂ©s Ă partir de l’annĂ©e derniĂšre. L’accueil temporaire des rĂ©fugiĂ©s et demandeurs d’asile libyens s’inscrit dans le cadre du mĂ©canisme de transit […]
Burundi: Ndayishimiye yasabye Imbonerakure kuba maso zikarinda igihugu abanzi
Perezida wâu Burundi yasabye Imbonerakure kurushaho kuba maso no gukaza amarondo zigakingira Abarundi abanzi zititaye ku bizivugwaho. Ibi yabitangaje mu gihe ishyaka CNDD-FDD riri kwizihiza icyumweru cyahariwe ‘intwari ku rugamba rw’amahoro na demokarasi’ cyatangiye kuri uyu wa Mbere ushize kizageza kuwa Gatandatu itariki 21 Ugushyingo. Abayobozi batandukanye ba CNDD-FDD bagarutse ku mateka yâuwahoze ari umutwe […]
Amwe mu maresitora akomeye mu Mujyi wa Kigali yafunzwe
Ubuyobozi bwâUmujyi wa Kigali bwafunze uburiro (Restaurants)bukomeye bugera kuri 12 nyuma yâubugenzuzi bwakozwe bwagaragaje ko zishobora gushyira mu kaga ubuzima bwâabazigana kubera ikibazo cyâisuku. Uburiro buzazamura ubuziranenge ndetse bukuzuza ibisabwa nâUmujyi wa Kigali birebana nâisuku buzemererwa kongera gufungura nyuma yo guhabwa uburenganzira. Muri resitora zasabwe gufunga harimo Billy’s, resitora yo mu rwego rwo hejuru iherereye […]
Njye na Bwana Zuma ntabwo dusabana kandi ntabwo twigeze dusabana – Umucamanza

Umucamanza Raymond Zondo yahakanye kwigiriza nkana ku wahoze ari Perezida wa Afurika yâEpfo, Jacob Zuma, usaba ko yakurwa ku buyobozi bwa komisiyo ishinzwe kumukoraho iperereza kuri ruswa, kubera umubano bwite bafitanye. Imwe mu mpamvu Zuma yakoresheje mu busabe bwe bwâimpapuro 100 ni umubano wa hafi n’umucamanza. Kuri uyu wa Mbere ariko, umucamanza, Zondo yabisenyeye imbere […]
Lâancien prĂ©sident du SĂ©nat nommĂ© chef de la mission d’observation de l’UA au Burkina Faso
Lâancien prĂ©sident du SĂ©nat, Bernard Makuza, a Ă©tĂ© nommĂ© par lâUnion africaine (UA) Ă la tĂȘte de la Commission dâobservation des Ă©lections de lâUA lors des Ă©lections gĂ©nĂ©rales au Burkina Faso prĂ©vues le 22 novembre. «Moussa Faki Mahamat, prĂ©sident de la Commission de l’Union africaine, je suis trĂšs honorĂ© de la confiance que vous me […]
Twebwe iyo urebye tubona turi nkâinshuti zâu Rwanda â Umuturage wa Cyato
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyato, mu Karere ka Nyamasheke bibona nkâinshuti zâu Rwanda aho kuba Abanyarwanda bagendeye ku kuba bo batagezwaho ibikorwaremezo nkâabandi bitewe nâumuhanda uhuza imirenge ine yo muri aka karere wangiritse ku buryo bigorana guhahirana ndetse hagira umurwayi ushaka kujya kwivuriza ku bitaro bikagora imbangukiragutabara guca muri uwo muhanda. Usibye […]
Perezida Chakwera yaba yarasuzuguriwe muri Afurika yâEpfo
Igihugu cya Malawi cyarakajwe bikomeye nâukuntu perezida wacyo, Lazarus Chakwera yafashwe nâabayobozi ba Afurika yâEpfo nyuma yo kumukekaho gushaka gucikisha umuvugabutumwa wo kuri televiziyo ukurikiranwe nâubutabera bwa Afurika yâEpfo bigatuma indege ye imara amasaha agera kuri arindwi yafatiriwe ku Kibuga cyâindege. Perezida Lazarus Chakwera wagiye ku butegetsi muri Kamena 2020, yakoze uruzinduko rwe rwa mbere […]
Gatsibo: Bahangayikishijwe nâubujura bukabije bwo mu ngo no mu mirima
Abaturage bo mu Murenge wa Kabarore, mu Karere ka Gatsibo mu Ntara yâIburasirazuba, babangamiwe nâubujura bugenda bufata intera, aho umuntu ufite imyaka mu murima yenda kwera bimusaba kuyirarira kugirango azabashe kugira icyo aramura ndetse no mu ngo ahenshi bakaba batagisinzira, ikibazo ubuyobozi bwâakarere bwemeza ko gihari ariko bwagifatiye ingamba. Umuntu wese uvuganye nawe muri uyu […]
Uganda: Abaganga batandukanyije impanga zavutse zifatanye

Itsinda ryâabaganga bo mu Bitaro byâIgihugu byâIcyitegererezo bya Mulago mu gihugu cya Uganda, babashije gutandukanya abana bâimpanga bavutse bafatanye. Aya makuru yahishuwe kuri uyu wa Kabiri nâUmunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri yâUbuzima, Dr Diana Atwiine uvuga ko iki gikorwa cyo gutandukanya izi mpanga cyatwaye amasaha 20 nubwo nta byinshi yazitangajeho. Nkâuko amafoto yashyizwe ahagaragara abigaragaza, izi […]
Paris: Kanziga yongeye gusaba guhagarika iperereza akorwaho
Umupfakazi wâuwahoze ari Perezida wâu Rwanda, JuvĂ©nal Habyarimana, yajuririye icyemezo cyâumucamanza wâUmufaransa cyo gukomeza kumukoraho iperereza ku ruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 nkâuko byatangajwe nâumwunganizi we mu mategeko kuri uyu wa Mbere. Agathe Kanziga ashakishwa nâubutabera bwâu Rwanda ku byaha bya jenoside ariko mu Bufaransa afatwa nkâumutangabuhamya ufashwa cyangwa “assisted witness” […]
Lille: Umufaransa ushinjwa gukorera iterabwoba Abayisilamu mu rukiko

Kuri uyu wa Kabiri, impirimbanyi yâUmufaransa iratangira kuburanishwa nâurukiko rwâu Bufaransa nyuma yo gushinjwa icyaha cyo gushishikariza iterabwoba ku Bayisilamu no gukomeretsa bikabije, hashingiwe ku bimenyetso byakusanyijwe mu iperereza ryakozwe na Al Jazeera. RĂ©mi Falize, wâimyaka 33, wahoze ayoboye ishami rya Lille ryâabahezanguni bâAbanyaburayi biyemeje guca abimukira ari nako bakomeza gukongeza urwango rizwi nka Generation […]
Musanze: Inyubako yâubucuruzi yahiye irakongoka
Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru ahagana saa moya nâigice, inyubako yâubucuruzi iherereye mu Mudugudu wa Gakoro, Akagari ka Rwambogo, mu Murenge wa Musanze, ho mu Karere ka Musanze, yafashwe nâinkongi yâumuriro yatewe nâiturika rya gaz irashya irakongoka ibyari birimo byose biba umuyonga. Ni inyubako yâimiryango itanu yegeranye na Kaminuza INES Ruhengeri bivugwa ko yubatswe […]
Canada: Un monument en l’honneur des victimes du gĂ©nocide contre les Tutsis
La communautĂ© rwandaise de Hamilton, au Canada, a dĂ©voilĂ© samedi 14 novembre, un monument en l’honneur des plus d’un million de vies perdues dans le gĂ©nocide de 1994 contre les Tutsis. Le dĂ©veloppement a Ă©tĂ© annoncĂ© via Twitter par la communautĂ© rwandaise au Canada. Prosper Higiro, le Haut Commissaire du Rwanda, a honorĂ© la cĂ©rĂ©monie […]
Zari yakurijeho abantu bibazaga ko yaba agiye gusubirana na Diamond
Nyuma yâiminsi yari amaze muri Tanzania, aho yari yarajyanye abana gusura Diamond Platnumz babyaranye, kuri ubu Zari The Boss Lady yamaze gusubira muri Afurika yâEpfo aho atuye ndetse yakurijeho abibwiraga ko aba bombi baba bagiye gusubirana avuga ko usibye no gusubirana atabitekereza, icyo yifuza ari uko bombi bakomeza kuba ababyeyi bâabana babo ariko ibyo gusubirana […]
Amateka yâIgisirikare cyâu Rwanda kuva cyabaho kugeza uyu munsi

Mbere yâuko Igisirikare cyâu Rwanda, tuzi uyu munsi nka RDF (Rwanda Defence Forces), gifata iri zina, cyabanje kwitwa FAR (Forces ArmĂ©es Rwandaises ), kikaba cyarashinzwe imyaka 2 mbere yâuko u Rwanda rubona ubwigenge mu 1962, tugiye kubavira imuzingo amateka yacyo kuva cyashingwa kugeza aho kigeze ubu nkâuko tubikesha amavomo atandukanye. Igitabo cyâigisirikare cya Amerika kiswe […]
Umugande wari ufungiye mu Rwanda yasubijwe iwabo ku mpamvu zâumutekano
Umugande Charles Tusubira,wari umaze iiminsi afungiye mu Rwanda, kuri uyu wa Gatandatu yasubijwe iwabo nâUrwego rwâIgihugu rushinzwe Abinjira nâAbasohoka, nyuma yo gusanga yari abangamiye umutekano wâigihugu. Twari tumaze iminsi tubagezaho inkuru zivuga kuri uyu Mugande, nkâitabwa muri yombi rye ryabereye aho yari atuye ku Kicukiro, ibyâumuryango we wasabaga Guverinoma za Uganda kubigiramo uruhare akarekurwa mu […]
Laguna Motel yafunzwe nyuma yo gufatiramo abasaga 130 binezeza batitaye kuri Covid-19
Abantu basaga 130 biganjemo urubyiruko mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru batawe muri yombi na Polisi yâu Rwanda nyuma yo kubasanga binezeza banywa inzoga, abandi babyina muri Laguna Motel iri mu Karere ka Nyarugenge, ahazwi nko mu kiyovu cy’abakene batitaye ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Polisi yabaguye gitumo bituma bamwe bahita birukira mu […]
Abagande 3 barashinjwa kwiba asaga miliyari muri banki yo muri Zambia
Abagande batatu bafatanyije na bagenzi babo bo muri Zambia bafatiwe i Lusaka bazira kwinjira muri sisitemu yo kuzigama ya banki bakiba miliyoni 14,3 zâAma-Kwacha, angana na miliyari 2,9 zâAmashilingi ya Uganda. Bose uko ari batandatu bashinjwe iyezandonke nâibindi byaha bifitanye isano nkâuko itangazo ryasohowe kuwa Gatanu nâishami rishinzwe kurwanya iyezandonke muri Zambia rivuga. Abatawe muri […]
Uko Israel yari igiye guturitsa stade yo muri Liban ishaka Yasser Arafat

Inzego zâubutasi za Israel zigeze gutegura kwica uwahoze ari umuyobozi wa Palestina, Yasser Arafat nâabandi bayobozi bâumutwe uharanira kubohoza Palestina, PLO (Palestinian Liberation Organisation) zibinyujije mu guturitsa Stade yo muri Liban mu myaka ya 80 ariko umugambi ntiwashyirwa mu bikorwa nkâuko amakuru mashya yagiye ahagaragara avuga. Iki gikorwa cyâibanga byari byateganijwe ko kizaba muri Mutarama […]
Ibikorwa byâurugomo nâitotezwa byakorewe Abatutsi mu Ruganda rwâIcyayi rwa Gisakura
Uruganda rwâIcyayi rwa Gisakura ruherereye mu yahoze ari Komini Kagano ubu ni mu Murenge wa Bushekeli, Akarere ka Nyamasheke. Mu 1994, ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yashyirwaga mu bikorwa, uruganda rwa Gisakura rwayoborwaga na Mubiligi Anatole wakomokaga ku Gikongoro mu yahoze ari Komini Karambo i Bunyoma, ubu ni mu Murenge wa Kibumbwe, Akarere ka Nyamagabe. Ni […]
Ibihugu 5 bya mbere muri Afurika bifite igisirikare cya ntakigenda

Igisirikare gifatwa nkâigice cyâingenzi ku gihugu nâumutekano wacyo. Buri mwaka, ibihugu bitanga ingengo yâimari nini yo kurwanya no kurinda ubutaka bwacyo. Buri gihugu gifata ingamba zidasanzwe mu rwego rwo gukomeza ingufu mu bya gisirikare. Nyamara, biragoye kugereranya imbaraga za gisirikare zâibihugu bitandukanye. Global Fire Power Index yashyize ku rutonde ingabo zâibihugu bya Afurika ikoresheje ibipimo […]
Islamic State yigambye igitero cyaguyemo abasirikare basaga 10 ba Burkina Faso
Umutwe wâIterabwoba wa Islamic State kuri uyu wa Gatandatu wigambye ko ari wo wateze igico cyiciwemo abasirikare 14 ba Burkina Faso hagati muri iki cyumweru dusoza mu gihe muri iki gihugu hitegurwa amatora muri uku kwezi. Ishami rya Islamic State muri Greater Sahara mu butumwa bwatambutse kuri televiziyo yayo Amaq News, ryavuze ko ari ryo […]
Imodoka zifite ibirango byo mu mahanga nâizitemewe zikomeje gufatwa na RRA

Ikigo cyâIgihugu cyâImisoro nâAmahoro, RRA, kimaze gufata imodoka zigera kuri 34 zâAbanyarwanda baba mu Rwanda ariko zifite ibirango (plate numbers) byo mu mahanga. Mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa Gatanu ushize, RRA yavuze ko imodoka zâAbanyarwanda baba mu Rwanda zigomba kuba zifite ibirango byo mu Rwanda. RRA ivuga ko nyinshi mu modoka yafashe ari […]
Eritrea ishobora kwisanga mu ntambara hagati ya Ethiopia na Leta ya Tigray
Intambara ikomeje kumvikana hagati ya Guverinoma ya Ethiopia nâishyaka TPLF riri u butegetsi mu Ntara ya Tigray yatangiye no kugira ingaruka ku gihugu cya Eritrea gishobora kuyivangamo nyuma yâaho hari ibisasu bikomeje kuva muri iyi ntara biraswa mu nkengero zâumurwa mukuru Asmara. Ibinyamakuru bitandukanye muri Eritrea nâabahagarariye ibihugu byabo muri iki gihugu bavuze ko ibisasu […]
Burera: Abaturiye umupaka begerejwe ibicuruzwa byabajyanaga muri Uganda

Abaturage bo mu mirenge yâAkerere ka Burera ikora ku mupaka wâu Rwanda na Uganda akanyamuneza ni kose nyuma yuko begerejwe ibicuruzwa byabambutsaga umupaka bajya kubishaka muri Uganda ku giciro giciriritse. Ubwo kuri uyu wa Gatandatu, itariki 14 Ugushyingo, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yasuraga abaturage bo mu Karere ka Burera baturiye umupaka wâu Rwanda […]
I Kinshasa hashobora kuba akantu muri iyi weekend
Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 14 Ugushyingo i Kinshasa hashobora kuba akantu nyuma yâaho abayoboke bâishyaka UDPS rya Perezida Tshisekedi nâurubyiruko rushyigikiye Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, bose bateganya imyigaragambyo ikomeye kuri uyu munsi. Ishyaka rya Perezida Tshisekedi rizaba riri mu muhanda mu rwego rwo gushyigikira ibikorwa yatangije ku […]
Asaga miliyoni 300 yavuye mu bukerarugendo 2018 – 2019 yaburiwe irengero
Miliyonizi zisaga 300 zâamanyarwanda zavuye mu bukerarugendo hagati ya Kanama 2018 na Mutarama 2019 ntihazwi aho yarengeye mu gihe amakosa yo kudaha agaciro ubusesenguzi bwakozwe nâinzobere yatumye BDF yishyura asaga œ cya miliyari ku mishinga yahombye. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Kane, ubwo Inteko Rusange yâUmutwe wâAbadepite iyobowe na Nyakubahwa Mukabalisa Donatile, yagezwagaho raporo ya […]
Goma: Umusirikare yafatanwe imbunda yashakaga kugurisha abagizi ba nabi
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, itariki 13 Ugushyingo 2020, mu gace ka Mabanga, mu Mujyi wa Goma, hafatiwe umusirikare wa FARDC ushinjwa kugurisha imbunda ku bagizi ba nabi. Uyu musirikare witwa Mbula Ebengo, yafashwe afite imbunda enye za AK47, zirimo eshatu yari atunze mu buryo bunyuranyije nâamategeko yiteguraga kugurisha ku bagizi ba nabi […]
Umuherwe Kanyamunyu yakatiwe imyaka 5 yâigifungo, umukunzi we akurwaho ibyaha
Umuherwe Mathew Kanyamunyu wo mu gihugu cya Uganda yakatiwe imyaka 5 yâigifungo nyuma yo guhamwa nâicyaha cyo kwica uwitwa Kenneth Akena mu mwaka wa 2016, umukunzi we, Umurundikazi Cynthia Munwangari, akurwaho ibyaha. Kanyamunyu yahawe iki gihano nyuma yâamasezerano yo kwemera icyaha yagiranye nâubushinjacyaha. Inshuro nyinshi yagiye agaragara mu rukiko, Kanyamunyu nâUmurundikazi wâumukunzi we, Cynthia Munwangari, […]
Nyabugogo: Bimwe mu bibazo byâingutu byugarije abatwara abagenzi ku magare

Bamwe mu bakora akazi ko gutwara abantu ku magare Nyabugogo ahazwi nka Discentre barataka ibibazo bitandukanye barimo kugenda bahura nabyo muri iki gihe cya Covid-19 nko kubura abakiriya, guhohoterwa nâabanyerondo, abashinzwe umutekano babashinzwe, ibikoresho basabwe kuba bafite bakishyura bakaba batarabibona nâibindi. Ubwo umunyamakuru wa Bwiza TV yageraga aha, yasanze amagare amwe nâamwe ari gufatwa nâabashinzwe […]
RDC: Guverineri wa Maniema yateye utwatsi ibyo kweguzwa ku mirimo ye
Guverineri wâIntara ya Maniema, Auguy Musafiri, wavanwe ku mirimo ye nâabadepite bo muri iyi ntara adahari kuwa Gatatu, itariki 11 Ugushyingo 2020, aravuga ko yiteguye gusubira mu ntara ye kandi agakomeza imirimo ye. Guverineri Musafiri kuri ubu ari i Kinshasa aho yatumiwe yitabire inama zigamije gukusanya ibitekerezo mu nzego zitandukanye zatangijwe n’umukuru w’igihugu, FĂ©lix Antoine […]