AFC / M23 izakomeza kurwana kugeza Tshisekedi agiye cyangwa yeguye – Nangaa

73708

Mu kiganiro Corneille Nangaa yagiranye n’ikinyamakuru The Telegraph cyo mu Bwongereza, yatangaje ko ihuriro ayoboye rya AFC / M23 rizakomeza kurwana, nubwo hasinywe Itangazo ry’amahame hagati ya DRC n’u Rwanda i Washington, kugeza Perezida FĂ©lix Tshisekedi agiye cyangwa yeguye. Yagize ati: “Tugomba kuzirikana igitekerezo cy’Abanyekongo”. Ati: “Abanyekongo ntibashaka kumva ijambo ‘guhagarika intambara’ atari ukubera ko […]

Gen Muhoozi Kainerugaba yagiranye ibiganiro n’abajenerali ba FARDC

d5311bea 9332 42c9 a01a 60f5ff05914a

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF) akaba n’umujyanama mukuru wa Perezida ushinzwe ibikorwa bidasanzwe, Gen Muhoozi Kainerugaba, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ushize yahuye n’abajenerali bo mu ngabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) kugira ngo baganire ku mutekano w’akarere, cyane cyane mu burasirazuba bwa DRC. Ibiganiro byibanze kuri Operation Shujaa, […]

Tariki 30 Mata 1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi Gaturika ya Ngoma

bazimye burundu

Ku munsi nk’uyu w’itariki ya 30  Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hiciwe Abatutsi tariki ya 30 Mata mu 1994.      1.    Abatutsi biciwe mu mujyi wa Gisenyi, Rubavu Urwibutso rwa Gisenyi ruherereye aho bise “Commune Rouge” igihe cya Jenoside, […]

Abacuruzi bo muri Uganda baravuga ko bagihura n’imbogamizi mu kugeza ibicuruzwa mu Rwanda

IMG 20250428 WA0796 780x405 1

Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’abacuruzi bo mu mujyi wa Kabale (KMTA), Michael Byamungu Turyamureba Rwasabutare, yatangaje ko nubwo umupaka wa Katuna wongeye gufungura mu myaka itatu ishize, abacuruzi bo muri Uganda bagifite imbogamizi zikomeye zo kohereza ibicuruzwa mu Rwanda kubera imisoro ihanitse cyane ku bicuruzwa bya Uganda yashyizweho na Guverinoma y’u Rwanda. Muri Gashyantare 2019, u Rwanda […]

Pakistan iravuga ko u Buhinde bwitegura kuyitera mu masaha atarenze 36

Indian Air Force Su 30 MKI jets

Kuri uyu wa Gatatu, Minisitiri w’Itangazamakuru muri Pakistan yavuze ko Islamabad ifite “amakuru yizewe” ko u Buhinde buri kwitegura kugaba igitero cya gisirikare kuri Pakistan mu masaha 24-36 ari imbere. Ibi bibaye nyuma y’uko ku wa Kabiri bivugwa ko Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, yemereye ingabo z’igihugu cye gusubiza igitero, cyishe abantu cyagabwe muri […]

Kinshasa: Perezida wa Guinea-Conakry yasabye RDC n’u Rwanda guhitamo inzira y’amahoro

cellcom prcd gb rdc

Mu ruzinduko rw’amasaha 48 i Kinshasa, Perezida wa Guinea-Bissau, Oumaro Sissoco, yashishikarije abakuru b’ibihugu bya DRC n’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 29 Mata, guhitamo inzira y’amahoro. Nyuma y’uruzinduko rwe i Kigali, Umuyobozi wa Bissau-Gineya yabwiye itangazamakuru ko DRC n’u Rwanda, nk’abaturanyi b’Abanyafurika, bitagomba kubaho mu mahano y’intambara, nk’uko bimeze ubu muri Kivu […]

Ngabitsinze wahoze ari minisitiri w’ubucuruzi yagizwe Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Loni

Gpt6Z1jW8AAbF7Z 1

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 29 Mata, uwahoze ari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda w’u Rwanda, Jean-Chrysostome Ngabitsinze, yatorewe kuba Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Umuryango w’Abibumbye akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Itsinda Nyafurika rishinzwe gusesengura ingaruka (ARC), ikigo cyihariye cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gifasha ibihugu kwitegura no guhangana n’ibiza. Olivier Kamana, Umunyamabanga uhoraho wa Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, na […]

Ba ofisiye biga mu Ishuri rikuru rya Polisi bari mu rugendoshuri mu Misiri

GppqvJRWcAAhkvq

Ba ofisiye bakuru biga mu Ishuri rikuru rya Polisi (NPC) mu Karere ka Musanze, kuri uyu wa Mbere tariki 28 Mata, batangiye urugendoshuri mu gihugu cya Misiri. Ni urugendoshuri rwitabiriwe n’abagera kuri 35 bakomoka mu bihugu 9 bitandukanye by’Afurika harimo n’u Rwanda, bakurikirana amasomo y’icyiciro cya 13, amara umwaka atangirwa mu ishuri rikuru rya Polisi […]

Ambasaderi wa Ghana yagiranye ibiganiro na CG Namuhoranye

GpssrpmXEAA O3y

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye yakiriye nyakubahwa Ernest Yaw Amportful, Ambasaderi wa Repubulika ya Ghana mu Rwanda, bagirana ibiganiro ku cyicaro gikuru cya polisi ku Kacyiru. Ibiganiro byibanze ku gushimangira ubufatanye hagati ya Polisi z’ibihugu byombi nk’uko bigaragara ku rukuta rwa X rwa Polisi y’u Rwanda.

Abimukira hafi 70 b’Abanyafurika biciwe mu gitero cya Amerika muri Yemen

28int yemen strike hczj articleLarge

Umuyoboro wa televiziyo y’umutwe witwaje intwaro w’Aba-Houthi uvuga ko byibuze abimukira 68 bo muri Afurika baguye mu gitero cy’indege cya Amerika ku kigo cy’imfungwa kiri mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Yemeni ayobowe n’Aba-Houthi. Al Masirah yatangaje ko abandi bimukira 47 bakomeretse, abenshi muri bo bikaba bikomeye, igihe ikigo cyo mu ntara ya Saada cyaterwaga ibisasu. Iyi […]

Umunyamakuru wa Bonesha FM yakubitiwe iz’akabwana muri Kaminuza y’u Burundi

Willy Kwizera

Umunyamakuru Willy Kwizera, ukora kuri Radio Bonesha FM, yahohotewe bikabije mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki ya 28 Mata 2025 muri Campus ya Kaminuza y’u Burundi I Mutanga, ubwo yakoraga inkuru ku mibereho y’abanyeshuri. Ahagana mu ma saa yine , ubwo yari arimo gukusanya ubuhamya, abanyeshuri benshi bavuga ko bakomoka mu bahagarariye abanyeshuri […]

Rubavu: Umugabo akurikiranyweho gukomeretsa umugore  n’umwana we w’imyaka 3 abatemye

urukiko rwisumbuye rwa Rubavu 1

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Rubavu bwaregeye Urukiko dosiye iregwamo umugabo ukurikiranyweho icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa umugore  n’umwana we w’imyaka 3 ku bushake akoresheje umuhoro.  Icyaha akurikiranyweho yagikoze mu ijoro ryo ku itariki 06 Mata 2025 ubwo yageraga mu rugo yasinze avuye ku kabari asanga umugore n’umwana baryamye; afata umuhoro atema umugore we mu […]

Nugukomeza kuba maso ku bikorwa byatangijwe na Doha na Washington – PrĂ©vot abwira Tshisekedi

GppmLYtXYAAjzOV

Nyuma yo gusura Uganda n’u Burundi, Minisitiri w’Intebe wungirije w’u Bubiligi akaba na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Maxime PrĂ©vot, yasoreje uruzinduko rwe mu Karere k’Ibiyaga bigari muri RDC. aho yasabye abayobozi ba Congo gukomeza kuba maso nubwo hari ibiganiro biherutse bitanga icyizere cy’ibiganiro byo guhagarika intambara. Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 28 Mata, i Kinshasa, […]

Abakandida 10 ba mbere bashobora kuvamo uzasimbura Papa n’amahirwe bafite

gulfnews 2025 02

Karidinali Pietro Parolin niwe uza mbere muri sondage yo kumenya ushobora gusimbura Papa Fransisiko nk’umuyobozi wa Kiliziya Gatolika. Reba urutonde rw’abakandida 10 ba mbere bahabwa amahirwe wasanga gusa kuri Polymarket: Papa Fransisiko yari Umushumba wa Kiliziya Gatolika akaba n’Umuyobozi wa Leta ya Vatikani kuva ku itariki ya 13 Werurwe 2013 kugeza apfuye ku itariki 21 […]

Nubwo amasezerano yashyizweho umukono i Doha na Washington, imirwano irakomeje muri Kivu

unnamed

Iminsi itanu irashize, Guverinoma ya Congo n’umutwe w’inyeshyamba wa AFC / M23, bigizwemo uruhare na Qatar, bashyize umukono ku itangazo rihuriweho n’impande zombi ziyemeje “guharanira amahoro” hagamijwe guhagarika intambara burundu. Nyuma y’iminsi ibiri, DRC n’u Rwanda byashyize umukono ku “Itangazo ry’amahame” i Washington, byemeranya kubahana mu bijyanye n’ubusugire bwa buri gihugu. Nyamara, nubwo ibyo byemeranyijwe, […]

Somalia: Uwari intasi nkuru yagizwe minisitiri w’ingabo mushya

20241210638693967104215554

Minisitiri w’Intebe Hamza Abdi Barre yatangaje ivugurura rikomeye muri za minisiteri, ashyiraho abayobozi bashya mu myanya ikomeye ya guverinoma mu gihe Somaliya igenda ikemura ibibazo bya politiki n’umutekano. Jibril Abdirashid Haji Abdi yagizwe Minisitiri w’Intebe wungirije wa kabiri, mu rwego rwo gukomeza ikipe. Uyu munyapolitiki w’inararibonye, ​​Abdirashid, mbere yabaye Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda. Abdisalam Abdi Ali […]

Ingabo z’u Buhinde na Pakistan zakozanyijeho mu ijoro rya gatatu

file 20190301 110150 tu6era

Ingabo z’u Buhinde na Pakistan zarasanyeho n’imbunda nto ku mupaka  wa Kashmir (LoC) mu ijoro rya gatatu mu gihe amakimbirane yiyongera nyuma y’igitero cy’abarwanyi cyahitanye ba mukerarugendo mu gace kayobowe n’u Buhinde mu karere katavugwaho rumwe. Kuri iki Cyumweru, u Buhinde bwavuze ko ingabo zabwo zasubije amasasu y’imbunda nto yarashwe n’abasirikare ba Pakistan ku mupaka […]

Tariki ya 28 Mata 1994: Uko jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe hirya no hino

images

Ku munsi nk’uyu w’itariki ya 28  Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi mu duce tumwe tw’Igihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hiciwe Abatutsi tariki ya 28 Mata mu 1994. 1.      Oxfam yamaganye Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu Rwanda Tariki ya 28/4/1994, Umutegetsi w’Amerika Ushinzwe Afrika muri Ministeri y’Ububanyi n’Amahanga, PrudenceBushnell […]

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ikaze i Kaziba hagati ya AFC-M23 na Wazalendo

deplaces Sake3

Sheferi ya Kaziba, muri Teritwari ya Walungu (intara ya Kivu y’Amajyepfo) yabereyemo imirwano ikaze kuva mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, itariki ya 26 Mata. Amasasu menshi yatumye abaturage bo muri Kaziba-centre bahungira ku misozi aho baraye badasinziriye. Ikinyamakuru mediacongo.net kivuga ko AFC-M23 yashakaga kwirukana abarwanyi ba Wazalendo kugirango igere mu misozi miremire ya Minembwe […]

Vancouver: Abantu icyenda bishwe bagongewe muri Festival

2025 04 27t060646z 1584350354 rc256eaf4qtw rtrmadp 3 canada vancouver street festival crash

Polisi ya Vancouver iravuga ko abantu icyenda bamaze kumenyekana ko bapfuye abandi bagakomereka nyuma y’uko umugabo wari utwaye imodoka ya SUV ayigongesheje imbaga y’abantu mu iserukiramuco. Nyir’ikamyo icuririzwamo ibiryo wari uri aho yabwiye BBC ati: “Byari biteye ubwoba,” imodoka yagiye “igororotse rwose, inyura mu bantu.” Polisi ivuga ko umusore w’imyaka 30, utuye muri uyu mujyi […]

U Bubiligi bwasabye Uganda kubwunga n’u Rwanda

GpZuITEWUAAWXJA

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, wari i Kampala kuwa Gatanu ushize, ngo usibye ikibazo cy’umutekano mu karere, mu byamugenzaga harimo no gusaba Perezida Museveni gufasha kugarura umwuka mwiza hagati y’ u Bubiligi n’u Rwanda. Kuwa Gatanu mu ijambo yavugiye muri Uganda, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi akaba na Minisitiri w’Intebe wungirije, Maxime Prevot, yavuze ko […]

Minisitiri Prevot yasuye ba Perezida Museveni na Ndayishimiye

Gpev1rVWoAAwnkY

Minisiteri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot, kuri uyu wa Gatanu no kuwa Gatandatu yagiriye uruzinduko muri Uganda n’u Burundi agirana ibiganiro n’abayobozi babyo. Ni ibiganiro byibanze ku bibazo by’umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari ndetse no mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo by’umwihariko. Nyuma yo kubonana na Perezida Museveni kuwa Gatanu, Minisitiri w’Ububanyi […]

Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye abasirikare 12 ba Niger

1305634 4027650 Niger akhbar

Kuri uyu wa Gatandatu, Igisirikare cyavuze ko igitero cyagabwe n’abantu bitwaje intwaro mu burengerazuba bwa Niger cyahitanye abasirikare 12, mu gace k’umupaka kamaze igihe kaberamo ihohoterwa  rikorwa n’intagondwa. Ku wa Gatanu, “igitero gitunguranye” cyagabwe ku mutwe wa gisirikare hafi y’umudugudu wa Sakoira hafi y’umupaka na Mali na Burkina Faso, nk’uko igisirikare cyabitangaje cyongeraho ko hafashwe […]

Tariki 27 Mata 1994: Umunsi u Bufaransa bwakira intumwa za leta yakoraga jenoside

candle photo for Rwanda Yom HaShoah event

Tariki ya 27 mata 1994 ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi bwarakomeje hirya no hino mu gihugu, hicwa Abatutsi benshi. Abasirikari bagize uruhare rukomeye mu kwihutisha Jenoside mu majyepfo, ku isonga hari abasirikari abarindaga uwahoze ari perezida, Habyarimana Juvenal, bafatanije n’abandi basirikari ndetse n’abajandarume. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hiciwe Abatutsi barenza ibihumbi ijana na mirongo itanu […]

Tanzania yisubiyeho ku gukumira ibicuruzwa biva muri Afurika y’Epfo na Malawi

2512587

Tanzania yisubiyeho ku itegeko ryabuzaga ibicuruzwa biva mu buhinzi biva muri Malawi no muri Afurika y’Epfo, nk’uko byatangajwe ku wa Gatanu, nyuma y’iminsi mike rishyizweho mu rwego rwo kwihorera kubera ingamba nk’izo zashyizweho n’ibihugu byombi. Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe ubuzima n’imiti yica udukoko muri Tanzania (TPHPA), Joseph Ndunguru, yavuze ko Tanzania yakuyeho iryo tegeko kugira […]

Walikale: Hubuye imirwano ikaze hagati ya M23 na Wazalendo

000 34UE89R 1

Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 25 Mata, imirwano yubuye, hagati y’inyeshyamba za M23 n’abarwanyi ba Wazalendo bo muri APCLC mu murenge wa Osso Banyungu, muri Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru, nubwo amasezerano yatangarijwe i Doha hagati ya Kinshasa na M23 / AFC, ashobora gutuma imirwano ihagarara mu burasirazuba bwa DRC. Amakuru aturuka muri […]

Undi mujenerali w’u Burusiya yiciwe i Moscow mu gitero cya bombe

uid a46f93bb43f946db9e75b7a3208951f3 width 1280 play 0 pos 0 gs 0 height 720 yaroslav moskalik represented russias general staff in talks with ukraine in 2015 russian ministry of defenceinstagram

Ubuyobozi bw’u Burusiya bwemeje ko umusirikare mukuru wabwo yaguye mu gitero cya bombe yari iteze mu modoka cyabereye i Moscou. General Yaroslav Moskalik ni we muyobozi mukuru w’ingabo z’u Burusiya cyangwa umuntu ushyigikiye Putin uheruka bikekwa ko yaba yivuganwe n’Abanya-Ukraine imbere mu Burusiya. Ibi bibaye mu gihe intumwa idasanzwe ya Donald Trump, Steve Witkoff, ari […]

Ibyo u Bubiligi buvuga ko bizanye Minisitiri Prevot muri RDC, u Burundi na Uganda

DSC 4613 scaled 1

Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubufatanye mu Iterambere w’u Bubiligi, Maxime PrĂ©vot, aratangira uruzinduko muri Afurika yo Hagati kuva kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 25 kugeza ku ya 29 Mata aho bivugwa ko azanwe no gukomeza umuhate w’u Bubiligi mu gutanga umusanzu mu gushaka igisubizo kirambye cy’amakimbirane mu Burasirazuba bwa Repubulika […]

Leta ya California ubu imaze gutambuka ku Buyapani mu bukungu

36722 3378190 california updates

Ubukungu bwa Leta ya California bwarenze ubw’igihugu cy’u Buyapani, bituma iyi leta, imwe mu zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika, iza ku mwanya wa kane mu bukungu ku Isi. Guverineri Gavin Newsom yatangaje imibare mishya yatanzwe n’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) hamwe na Biro ishinzwe Isesengura ry’Ubukungu muri Amerika yerekana iterambere rya California. Aya makuru yerekana […]

Ukraine ishobora guhara ubutaka kugirango igire amahoro – Meya wa Kyiv

30ukraine briefing kyiv mayor 1 1c76 superJumbo

Umuyobozi w’Akarere ka Kyiv, Vitali Klitschko, yatangarije BBC ko Ukraine ishobora kugomba kureka ubutaka mu rwego rw’amasezerano y’amahoro n’u Burusiya, mu gihe Perezida Donald Trump akomeje koyotsa igitutu ngo guhara ubutaka. “Kimwe mu bintu bishoboka ni… guhara ubutaka. Ntabwo ari byiza. Ariko kubw’amahoro, amahoro y’agateganyo, ahari bishobora kuba igisubizo, by’agateganyo,” uyu Vitali Klitschko avugana n’iki […]

Tariki 25 Mata 1994: Muri Loni Leta y’abicanyi n’u Bufaransa byarwanyije ikoreshwa ry’ijambo ‘jenoside’

csm 25 MATA 1994 643ad1db3e

Ku munsi nk’uyu w’itariki ya 25 Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hiciwe Abatutsi tariki ya 25 Mata mu 1994. 1. Leta y’abicanyi yakomeje gushyigikirwa n’Abafaransa mu Kanama ka Loni gashinzwe Amahoro ku isi, barwanya ko ijambo “genocide” ryakoreshwa Kuva tariki 7/4/1994 […]

Abapolisi bahawe ikiganiro ku mateka y’itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

csm WhatsApp Image 2025 04 24 at 22.38.55 f307c61f 5f24e006bb

Kuri uyu wa kane tariki 24 Mata, abapolisi bakorera ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, bakurikiranye ikiganiro ku bihe by’ingenzi byaranze amateka yabibye amacakubiri yaje kubyara Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, n’ingamba zijyanye no guhangana n’ingengabitekerezo yayo. Ni ikiganiro cyatanzwe na Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, mu gihe u Rwanda […]

Kota-Koli: Imirwano hagati y’abasirikare n’abasivili nyuma y’inkuba yishe bagenzi babo

RDC

Hashize iminsi itatu, hari impagarara nyinshi muri Kota-Koli, umujyi uherereye mu birometero 90 uvuye i Gbadolite, umurwa mukuru w’Intara ya Nord-Ubangi. Abasirikare boherejwe mu kigo cy’imyitozo cya Kota-Koli kugira ngo bongere batyazwe, bagabye igitero ku baturage bashaka guhora urupfu rwa bagenzi babo babiri, bishwe n’inkuba ku mugoroba wo ku wa Kabiri rwagati mu isoko. Ikiza […]

Tanzania: Polisi yafashe abayobozi ba CHADEMA bari bagiye mu rubanza rwa Tundu Lissu

Tanzanian Police Detain Opposition Leaders En Route To Court

Kuri uyu wa Kane, Abapolisi bo muri Tanzaniya bafunze abantu babiri bakuru mu batavuga rumwe n’ubutegetsi ubwo bari mu modoka berekeza mu rukiko kumva urubanza rw’umuyobozi w’ishyaka CHADEMA, Tundu Lissu, ukurikiranyweho icyaha cy’ubuhemu, nk’uko ishyaka ryabo ryabitangaje. Umuyobozi wungirije w’ishyaka CHADEMA, John Heche n’Umunyamabanga Mukuru, John Mnyika, bafunzwe ubwo berekezaga ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kisutu […]

Minisitiri Prevot azanwe n’iki mu karere mu gihe Ibiganiro bya Doha bitangiye gutanga umusaruro?

80fee67c8a4c4989bf8a580b4bbb0cd2 1740839571

Nyuma y’uko Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’ihuriro rya AFC/M23 bamaze kumvikana ku guhagarika imirwano no kubikomeza mu rwego rwo gukemura impamvu muzi zakomeje guteza ibibazo no gushaka amahoro arambye mu biganiro bya Doha, Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi aravuga ko agiye kuza mu karere muri iki cyumweru. Ibi byemejwe na Minisitiri w’Ububanyi […]

Ese Perezida Macron yaba yarafashe uruhande mu kibazo cya RDC?

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 23 Mata, Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yavuze ku makimbirane yo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo aho yari yatumiwe mu kiganiro na TV5. Umukuru w’igihugu cy’u Bufaransa yashimangiye ko ashyigikiye kubaha imipaka mpuzamahanga, yamagana uburyo Umuryango Mpuzamahanga witwara mu makimbirane mpuzamahanga ugendeye ku turere tw’Isi. Emmanuel […]

Taliki 24 Mata 1994: Uko Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe hirya no hino mu gihugu

csm 24 MATA 1994 beda39676d

Tariki ya 24 Mata 1994 ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi bwarakomeje hirya no hino mu gihugu, hicwa Abatutsi benshi. Abasirikari bagize uruhare rukomeye mu kwihutisha Jenoside mu majyepfo, ku isonga hari abasirikari abarindaga uwahoze ari perezida, Habyarimana Juvenal, bafatanije n’abandi basirikari ndetse n’abajandarume. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hiciwe Abatutsi barenza ibihumbi ijana na mirongo itanu […]

Kigali: Hatangijwe inama y’amashami agize Umuryango wa EAPCCO

WhatsApp Image 2025 04 23 at 18.15.35 9c3b5712

Ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Mata, hatangijwe inama y’amashami agize umuryango uhuza abayobozi bakuru ba Polisi mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO organs meeting). Umuryango wa EAPCCO ugizwe n’ibihugu 14 aribyo; u Rwanda, Uganda, Kenya, Tanzania, u Burundi, Ibirwa bya Comores, Ethiopia, Eritrea, Djibouti, Sudani, Sudani y’Epfo, […]

Komisiyo ya EU yaciye amande Apple na Meta kubera kutubahiriza amategeko

apple meta 23172517

Kuri uyu wa Gatatu, Komisiyo y’u Burayi yasanze ibihangange mu ikoranabuhanga Apple na Meta bitarubahirije inshingano zishingiye ku itegeko rigenga isoko ry’ibihugu by’u Burayi (DMA), ihanisha amasosiyete yombi yo muri Amerika kwishyura amande ya miliyoni 500 € (miliyoni 572 $) na miliyoni 200 €. Isosiyete ya Apple yasanzwe yararenze ku nshingano zayo za “anti-steering” ziteganywa […]

Vatikani: Umurambo wa Papa Fransisiko wagejejwe muri Basilika ya Mutagatifu Petero

72316079 905

Umurambo wa Papa Fransisiko wagejejwe muri Basilika ya Mutagatifu Petero mu Mujyi wa Vatikani kugira ngo aho azasezerererwa mbere yo kumushyingura ku wa Gatandatu. Abantu barenga 20.000 bateraniye ku rubuga rwa Petero kugira ngo bunamire Papa. Abantu bitwaje isanduku ifunguye ku ntugu zabo kuri uyu wa Gatatu mu gitondo bavuye muri chapel ya Casa Santa […]

RDC: Uduce twinshi two muri Walikale twongeye gufatwa na AFC/M23

Uduce twinshi two muri Teritwari ya Walikale twongeye kugwa mu biganza bya AFC / M23 ndetse biranavugwa ko na Centre ya Walikale, bari baherutse gufata bakayivanamo, kubera ibiganiro bya Doha, bongeye kuyigarurira. Abatangabuhamya baho bavuga ko abarwanyi ba AFC/M23 bongeye kugaba ibitero byo gufata Walikale. Guhangana hagati yabo na FARDC / Wazalendo byabaye umunsi  wose […]

Gen Nzabamwita yatanze ibyangombwa byo guhagararira u Rwanda mu Burusiya

GpJuW1XXcAATMsE

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 22 Mata, Maj Gen Joseph Nzabamwita, Ambasaderi w’u Rwanda wagenwe mu Burusiya, yashyikirije Mikhail Bogdanov, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burusiya, ibyangombwa bimwemerera guhagararira igihugu cye I Moscow. Nzabamwita yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya mu Kuboza 2024. Yabanje kuba Umujyanama wa Perezida ku bijyanye n’umutekano, kandi mbere yaho, yabaye […]

Trump yakorogoshoye Abanyekongo avuga ko atazi Congo icyo ari cyo

2025 04 17T175056Z 1041598650 RC2TZDACYXHU RTRMADP 3 USA ITALY 1024x727 1

Perezida Donald Trump yakoze mu jisho Abanyekongo atangaza ko atazi icyo Congo ari cyo usibye kuba yumva ko abantu benshi bahava binjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ibi Trump yabitangaje kuri uyu wa Mbere ushize agaruka ku bibazo by’abimukira mu kiganiro yagiranaga na Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Giorgia Meloni uri mu ruzinduko muri Amerika. […]

Tariki 23 Mata 1994: Abatutsi benshi biciwe ku Cyuzi cya Nyamagana

rszek10b4e

Tariki ya 23  Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yakomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hashoboye kumenyekana hiciwe Abatutsi tariki ya 23 Mata 1994. Kugeza kuri iyi tariki mu gihugu cyose hari hashyizwe za bariyeri zicirwagaho Abatutsi, bikaba byari bitangiye kugaragara ko ahicirwaga Abatutsi […]

Abapolisi barenga 180 batanze amaraso yo kuzafashisha abarwayi

WhatsApp Image 2025 04 22 at 22.28.09 4b709a46

Abapolisi 180 bakorera ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Mata, bakoze igikorwa cyo gutanga amaraso ku bushake, azakoreshwa mu gufasha abarwayi bayakeneye kwa muganga. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga, yavuze ko ku bapolisi, iki gikorwa cyo gutanga amaraso ku bushake, […]

Trump n’umugore we mu bazitabira ishyingurwa rya Papa Fransisiko kuwa Gatandatu

gettyimages 1935910242

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, n’umugore we, Melania, barateganya kwerekeza i Roma kwitabira umuhango wo gushyingura Papa Fransisiko, mu ruzaba ari urugendo rwe rwa mbere mu mahanga kuva yatangira imirimo muri Mutarama. Kuri uyu wa Mbere, itariki 21 Mata, Trump yanditse ku rubuga nkoranyambaga rwe, Truth Social ati: “Twiteguye kuzaba duhari.” […]

Ni inde uzasimbura Papa Fransisiko muri aba ba karidinali?

christoph schonborn 1

Nyuma y’icyumweru cy’icyunamo n’ishyingurwa rya Papa Fransisiko bizwi ku izina rya Novendia, Kiliziya Gatolika izategura inama ibera mu muhezo (conclave) igamije gutora Papa utaha. Iyi nzira y’amayobera, idafunguriwe rubanda, izabera muri Chapel ya Sistine mu Mujyi wa Vatican. Muri iyi conclave, Abakaridinari bateranira gutora umuyobozi wa kiliziya. Amategeko, guhera ku itariki ya 22 Mutarama 2025, […]

Ingabo za Sudani y’Epfo zisubije Umujyi wa Nasir wari wafashwe na White Army

V346TYZQIFPT7F7DXJ36JGSVXU

Ingabo z’igihugu cya Sudani y’Epfo (SSPDF) zongeye kwigarurira umujyi wa Nasir muri Leta ya Upper Nile, zari zaratakaje, nyuma y’imirwano ikaze n’Ingabo z’umutwe wiyise White Army, kuva muri Werurwe. Umuvugizi wa SSPDF, Lul Ruai Koang, yemeje ku Cyumweru mu magambo ye ko kwigarurira umujyi ukomeye wa Nasir ari impano ikomeye ku basirikare bishyuye ikiguzi kinini […]

Tariki 22 Mata 1994: Umunsi hicwa Abatutsi 35,000 ahahoze ibiro bya Komini Huye

huye 33

Ku munsi nk’uyu w’itariki ya 22 Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hashoboye kumenyekana hiciwe Abatutsi kuri iyi tariki ya 22 Mata 1994. 1.      ABATUTSI BICIWE MURI « CELA » I KIGALI Uwo munsi Interahamwe zishe Abatutsi b’abagabo mu mpunzi […]

U Burusiya bwasubukuye ibitero kuri Ukraine nyuma y’agahenge ka Pasika

AP23225694450666 1692057837

Kuri uyu wa Mbere ingabo z’u Burusiya zasubukuye imirwano muri Ukraine nyuma y’agahenge ka Pasika katangajwe na Perezida Vladimir Putin nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru by’u Burusiya. Igisirikare cy’u Burusiya, mu itangazo ryacyo cyakoresheje inyito cyahaye iyi ntambara, cyagize kiti: “Ihagarikwa ry’imirwano rirarangiye, Ingabo z’u Burusiya zakomeje gukora igikorwa kidasanzwe cya gisirikare.” Kuri uyu wa Mbere, […]

Burkina Faso: Abasirikare benshi bafashwe bakekwaho gutegura coup d’etat

000 33BC3AT

Muri Burkina Faso, mu cyumweru gishize nibwo hafashwe abasirikare bakuru benshi, babiri muri bo bakurwa ku mirimo yabo yo kuba abayobozi. N’ubwo nta tumanaho ryigeze rikorwa kuri iki kibazo, abashyigikiye Perezida Traore benshi bavuga kugerageza guhirika ubutegetsi, bagatunga urutoki abasirikare bari mu buhungiro. Muri basirikare batawe muri yombi harimo Komanda w’Umugenzacyaha FrĂ©dĂ©ric OuĂ©draogo, wahoze ayobora […]

Benin: Umutwe ufitanye isano na Al Qaeda urigamba kwica abasirikare 70

download 1

Kuri uyu wa Gatandatu ushize, umutwe wa JNIM ukorana na Al Qaeda wavuze ko wahitanye abasirikare 70 mu bitero byagabwe ku birindiro bibiri bya gisirikare mu majyaruguru ya BĂ©nin. Ni wo mubare munini w’abasirikare ba Guverinoma ya Benin biciwe umunsi umwe n’abajihadiste muri iki gihugu mu myaka icumi ishize bakorera muri Afurika y’iburengerazuba. Ibiro Ntaramakuru […]

Taliki 21 Mata 1994: Umunsi wishwemo Abatutsi benshi kurusha iyindi muri jenoside

21Mata022

Ku itariki nk’iyi ya 21 Mata 1994, ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije, ni wo munsi wishweho Abatutsi benshi mu gihugu. Mu bice binyuranye by’Igihugu hishwe abasaga ibihumbi 250, aho ubwicanyi bwabereye ahantu hatandukanye harimo i Murambi, i Cyanika, i Nyanza, i Kinazi, Cyarwa-Tumba n’ahandi. Ubushakashatsi bwakozwe na MINUBUMWE, ku itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya […]

Kinshasa: Guverinoma yahagaritse ibikorwa by’ishyaka PPRD rya Kabila

images 2025 04 19T225510.801

Mu ntambwe itarigeze ibaho, Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 19 Mata, guhagarika by’agateganyo ibikorwa by’ishyaka rya rubanda riharanira kwiyubaka na demokarasi (PPRD), ishyaka rya politiki ryashinzwe n’uwahoze ari Perezida Joseph Kabila. Iki cyemezo cyashyizweho umukono na Minisitiri w’intebe wungirije ushinzwe umutekano imbere mu gihugu, Jacquemain Shabani, […]

Minisitiri Nduhungirehe yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Pakistan

Go979AuXIAA1ZDr

Kuri iki Cyumweru itariki 20 Mata 2025, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane wu Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yageze Islamabad muri Pakistan aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu. Ambasaderi Nduhungirehe yakiriwe n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, ya Pakistan, hamwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo gihugu n’abandi bayobozi muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga. Amb. Nduhungirehe Ari […]

Tanzania: CHADEMA yamenye aho umunyapolitiki Tindu Lissu wari wabuze aherereye

image 1644

Ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzaniya ryatangaje ko ku wa gatandatu umuyobozi waryo Tundu Lissu wafunzwe akurikiranyweho icyaha cy’ubuhemu, yimuriwe mu yindi gereza, nyuma y’umunsi umwe ishyaka rye rivuze ko ryamubuze. Ibirego Lissu aregwa byongeye gutuma benshi bongera gushungura Perezida Samia Suluhu Hassan ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu mu gihe azaba yiyamamariza kongera gutorwa […]

Tariki 20 Mata 1994: Umunsi Umwamikazi Rosalia Gicanda yicwa n’abasirikare barimo Gakwerere

UMWAM57986

1. Perezida Theodor Sindikubwabo na Leta y’abicanyi bakomeje gukangurira Abahutu kurimbura Abatutsi Tariki ya 20/4/1994, Uwari perezida wa Leta y’abicanyi yagiye muri Komini Ndora na Shyanda muri Gisagara akangurira Abahutu kurimbura Abatutsi. Kuri uwo munsi mu mujyi wa Butare, perefe Nsabimana wari waraye yimitswe na Sindikubwabo yakoresheje inama ya perefegitura, ikaba yari igamije gutegura uburyo […]

Kisangani: Abantu 6 bishwe n’inkuba yakubitiye 13 mu isoko

foudreramnifiee

I Kisangani, abantu batandatu bahasize ubuzima muri cumi na batatu bakubiswe n’inkuba muri komini ya Mangobo. Ibintu bibabaje byabereye ku isoko rya komini i Balese nimugoroba kuri uyu wa Gatandatu ushize, mu gihe cy’imvura idasanzwe nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga. Umuyobozi w’akarere ka Mangobo, Constant Bolamba Saile, yasobanuye uko aya makuba yabaye ndetse […]