EAC: Impungenge z’umutekano ntizibuza ibihugu bimwe kugabanya amafaranga bishora mu gisirikare

Raporo ngarukamwaka ya Loni n’iy’ikigo cy’abanyasuwede gikora ubushakashatsi ku mahoro, igaruka cyane ku mutekano mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, kubera ikibazo cy’umutekano muke ukomeza kugaragara muri ibi bihugu byagiye byongera ku buryo bugaragara ingengo y’imari mu bikorwa bya gisirikare. Iyi raporo igaragaza uko ibihugu byagiye byongera ingengo y’imari ijya mu bikorwa bya gisirikare muri ubu […]

Abayoboke ba Agathon Rwasa babwiwe ko utazajya muri CNDD FDD azicwa

Abayoboke b’ishyaka FNL rya Agathon Rwasa, utavuga rumwe na Leta y’u Burundi akorera, batangaje ko bashyirwa ku iterabwoba ko utazemera kuva ku izima akajya mu ishyaka riri ku butegetsi (CNDD FDD) azicwa akajugunywa mu mugenzi. Abo ni abatuye muri segiteri ya Rubira, muri Musenyi ho muri komini Mpanda, Intara ya Bubanza. Ababashyiraho iterabwoba ni Imbonerakure […]

Umusirikare kabuhariwe wa Amerika yishwe na Al Shabaab muri Somalia

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kivuga ko umusirikare wacyo kabuhariwe (special forces) yishwe abandi babiri barakomereka mu mirwano n’umutwe wa Al Shabaab. Urwandiko rwasohowe n’igisirikare cya Amerika, ishami rishinzwe Afurika, rugaragaza ko iyo mirwano yabereye hafi ya Barii, nko ku birometero mirongo itandatu uvuye i Mogadishu, ubwo abo basirikare bafashaga ingabo za leta […]

Amabanki ntabwo ari imibare gusa, ni ugufasha abaturage bacu kugera ku ndoto zabo- Perezida Kagame

Hizihizagwa isabukuru y’imyaka 50, Banki ya Kigali imaze ishinzwe, umukuru w’igihugu ni we wari umushyitsi mukuru muri ibyo birori, yasabye amabanki gufasha abaturage kugera ku ndoto zabo. Iyi sabukuru y’imyaka 50, yizihijwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Gicurasi 2017, umugoroba w’iyi tariki waranzwe n’ umuhango w’isangira ryo kwizihiza iyi imyaka 50. Mu ijambo […]

Kigali: Azaguma ku muhanda kugeza abonye umwomora igikomere yatewe na se

Mukwizera Janvier, umwana w’umuhugu w’imyaka 18 y’amavuko ni umwe mu barokotse urupfu rwahitanye bagenzi be batatu baherutse gupfa bakongowe n’umuriro polisi igishakisha inkomoko yawo, aho bari muri ruhurura imbere y’inyubako ya CHIC, mu Mujyi wa Kigali. Umwana w’umuhungu ubona yitaweho yavamo umugabo nyawe, yabwiye Bwiza.com ko bimwe mu byatumye arokoka iyo mpanuka, ari uko we […]

Kigali:Ibigo 4 byatangaga serivisi z'umutekano byahagaritswe

Polisi y’u Rwanda irasaba Ibigo by’abikorera bitanga serivisi z’umutekano gukora kinyamwuga, byubahiriza amategeko n’amabwiririza abigenga kugira ngo birusheho gutanga serivisi nziza; naho abashaka gukora iyo mirimo bagasaba impushya inzego zibishinzwe; kandi bagatangira kuyikora bamaze guhabwa ibyangombwa. Ubu butumwa butanzwe nyuma y’aho bigaragariye ko hari bimwe mu Bigo bitanga izi serivisi bikora nta byangombwa bifite. Iyo […]

Umugambi wa Amerika wo gushaka kwica Perezida wa Koreya ya Ruguru watahuwe

Koreya ya Ruguru yatangaje ko ihangayikishijwe n’uko Leta zunze ubumwe za Amerika irimo gutegurana umugambi na Koreya y’Epfo wo kwica perezida wabo, Kim Jong-un . Nk’uko bitangazwa na BBC, ngo Leta ya Pyongyang yavuze ko ihangayikishijwe n’uwo mugambi, ko umutwe w’iterabwoba uterwa inkunga n’ikigo cya Amerika gishinzwe iperereza (CIA) hamwe n’icya Koreya y’Epfo, bafite umugambi […]

Rusizi: Abagabo 2 bafungiye kwiba insinga z’ imirindankuba ku mapoto y’amashanyarazi

Uzabakiriho Jean de Dieu w’imyaka 29 y’amavuko usanzwe ari uwo mu mudugudu wa Rugomero,akagari ka Jurwe,mu murenge wa Rangiro mu karere ka Nyamasheke,afungiye kuri Sitasiyo ya polisi ya Kamembe mu karere ka Rusizi, akurikiranyweho kwiba insinga z’imirindankuba zishyirwa ku mapoto y’amashanyarazi,akaba afunganywe n’uwo basanzwe baziba bakazigurishaho witwa Eric ngo usanzwe arangura ibyuma bishaje mu mujyi […]

Umukobwa aryamana na se umubyara ariko avuga ko atabyicuza

Umukobwa witwa Lydia Opoku ukomoka mu gace ka Koforidua gaherereye mu burasirazuba bw’igihugu cya Ghana, aratangaza uburyo kuryamana na se umubyara bimushimisha kuruta ibindi bintu bibaho mu buzima bwe bityo akaba atanabyicuza ndetse akanasobanura impamvu. Uyu mukobwa w’imyaka 25 y’amavuko, yihimbwe akazina ka ”Daddy’s pet“ cyangwa se ”agakinisho ka papa” umuntu agenekereje, avuga ko kuba […]

Amagambo ashize ivuga: Gen Niyombare yabonetse abeshyuza abitiranya u Rwanda

Ntibikiri ibanga, nyuma y’imyaka ibiri atajya ahabona, bamwe bavuga ko yapfuye, leta y’u Burundi itangaza ko yari ashyigikiwe n’u Rwanda mu gikorwa cyo guhirika ubutegetsi bitamuhiriye nyuma akaruhungiramo, yabonetse agaragaza ukuri. GĂ©n Godefroid Niyombare yaganiriye n’ikinyamakuru Jeune Afrique, giteganya gutangaza byinshi baganiriye ku byatumye atsindwa mu rugamba rwo guhirika ubutegetsi, uko abayeho, uko ateganya guhangana […]

Ibyabaye ku mugore warongowe n’abagabo 2 bo mu bihugu bitandukanye ni agahomamunwa

Mu gihe usanga abantu benshi bashakisha uburyo bwo koroshya ubuzima cyane cyane mu bijyanye n’inkundo, hari n’abo usanga babikomeza akenshi aribo biturutseho kandi bakabikora bazi ko bashyizemo ubwenge bwinshi. Dore uko byagendekeye umucuruzikazi wo mu gihugu cya Mali, witwa MaĂ ÂŻmouna TraorĂ© usanzwe amenyereweho gukora ubucuruzi bwambukiranya imipaka, aho yakoreraga mu bihugu birimo CĂŽte d’Ivoire, Burkina-Faso […]

Tariki 5 Gicurasi 1994: FPR yasabye Loni guhana abakoraga Jenoside

Nubwo Jenoside yakorerwaga Abatutsi , ikorwa ku manywa na nijoro, amahanga arebera, umuryango mpuzamahanga wicecekeye, ntibyabujije abari bafite ijwi ryirengagijwe n’amahanga gutabaza ngo icyo cyaha cyakorerwaga inzirakarengane cye gucecekwa. Muri Gicurasi 1994, hirya no hino mu gihugu hari hakomeje jenoside, mu bice bitandukanye abatutsi barahungiye aho babaga bizeye ko barokokera nubwo byabaye nko guhungira ubwayi […]

Gicumbi: Ingabo z’igihugu zasabye abaturage guharanira kwishakamo ibisubizo

Mu muhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe ingabo mu kubaka ibikorwa byubaka igihugu “Army week” mu karere ka Gicumbi, kuri uyu wa kane tariki ya 4 Gicurasi, ingabo z’igihugu zari zifatanyije n’abaturage mu bikorwa byo kubaka ibikorwa nemezo birimo imihanda ndetse no kubakira abatishoboye ubwiherero, zasabye abaturage kwishakamo ibisubizo bagamije kwigira. Yavuze ko ingabo z’igihugu zisanga […]

Perezida Kagame agiye kuyobora inama y'Abaminisitiri 54 bo muri AU

Perezida Paul Kagame arategura inama azagirana n’Abaminisitiri 54 b’Ububanyi n’amahanga, iyo nama izaba igamije kurebera hamwe uburyo hanozwa gahunda y’impinduka mu muryango wa Afurika yunze ubumwe nk’imwe mu nshingano yahawe mu mwaka wa 2016. Muri Nyakanga 2016, nibwo abakuru b’ibihugu bagize umuryango wa Afurika yunze ubumwe mu nama yari yabahuje ku nshuro ya 27, bemeje […]

Umukozi wa PAM arashinjwa gushaka kwica umuyobozi mu Burundi

Polisi y’u Burundi iratangaza ko yafashe abantu 4 biyitaga abakozi bw’urwego rw’iperereza, hafashwemo umwe wakoraga muri porogaramu ya Loni ishinzwe ibiribwa (PAM), yemera ko ari we wari ugiye guhitana Edouard Nduwimana, umuhuza w’Abarundi. Aya makuru yemezwa n’umuvugizi w’igipolisi cy’u Burundi, OP1 Pierre Nkurikiye, ko aba bantu bafashwe bagendaga mu modoka zifite ibirahure byijimye ( vitre […]

U Rwanda na Qatar basinyanye amasezerano yo gutsura umubano

U Rwanda na Qatar basinyanye amasezerano agena ubufatanye hagati y’ibihugu byombi mu bya dipolomasi. Yashyizweho umukono ku wa Kane tariki ya 4 Gicurasi 2017, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Rwanda ruhagarariwe n’Umunyamabanga uhoraho wa rwo muri Loni, Ambasaderi Valentine Rugwabiza n’uwa Qatar muri Loni Alya Ahmed S. Al-Thani. Aya masezerano arashimangira ukwaguka k’ubucuti […]

Bishop Tom Rwagasana, umuvugizi wa ADEPR wungirije yatawe muri yombi

Amakuru agera kuri Bwiza.com, avuga ko Bishop Tom Rwagasana, umuvugizi w’itorero rya Pentecote mu Rwanda (ADEPR), yatawe muri yombi na polisi mu gihe hari haciyeho iminsi ibiri na bwo hatawe muri yombi abandi bayobozi 3 barimo n’ushinzwe umutungo w’itorero. Umuvugizi mukuru wa ADEPR, Bishop Sibomana Jean, ku murongo wa telefone aganira na Bwiza.com, mu gitondo […]

Perezida Vladimir Putin na Erdogan biyemeje gukorera hamwe mu ntambara ya Syria

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Gicurasi 2017, ubwo yari i Botcharov RourcheĂ ÂŻ , ku ngoro ye akunda gukoreramo ibiruhuko iherereye hafi n’inyanja y’Umukara mu mujyi wa Sotchi , Perezida w’Uburusiya, Vladimir Putin na mugenzi we wa Turkiya, Bwana RĂ©cep Tayip Erdogan, biyemeje gushinga muri Syria akarere katarangwamo intambara mu gihe cy’amezi 3 ashobora […]

Kagame ‘Umukiza’ rukumbi wari utegerejwe mu kugarura icyizere cyo kubaho

-Muhumure, ibibazo biraza gukemuka menye amakuru ko Afande Kagame ari mu nzira aza. -Buri kintu cyose cyari cyapfuye, ingabo zadushizeho -Ababimenye baravugaga ngo ikiri buturokore ni Afande Kagame Ubwo urugamba rwo kubohora igihugu rwanzikaga, rutangiwe n’abana b’u Rwanda bari barambuwe uburenganzira mu gihugu cyabo, bakagirirwa ibicibwa ishyanga, batangiye badahirwa n’urugendo. Nyuma y’umunsi umwe urugamba rutangiye, […]

RDC : Abasenyeri basabye perezida Kabila gucyura MoĂ ÂŻse Katumbi no kutamwitiranya

Abasenyeri Gatulika bo muri Repubulika haranira Demokarasi ya Congo, basabye Perezida Joseph Kabila gufasha MoĂ ÂŻse Katumbi, umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, agataha mu gihugu kandi bakanamuhanaguraho ibyaha bamuhimbiye. Mu nyandiko y’ibanga abo basenyeri bagejeje kuri Perezida Kabila muri Werurwe uyu mwaka nkuko Jeune Afrique ibitangaza, ntiyagarutse kuri Katumbi gusa iragaruka no ku byaha byahimbiwe […]

Bimwe mu bikorwa byaranze umwiherero w’abapolisi bari mu butumwa bwa Loni mu Rwanda

Mu mwiherero w’iminsi 3 uri kubera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri wahuje abayobozi ba Polisi bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni butatu buri muri Sudani y’Epfo, Darfur na Abyei wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina nk’ibintu by’ibanze. Mu kiganiro umujyanama wa kabiri muri Polisi ya Loni, Shaowen Yang yagiranye n’itangazamakuru […]

Umupasiteri akurikiranyweho gusambanya no gucuruza abana bato bo mu itorero rye

Umupasiteri wo mu gihugu cya Nigeria witwa Timothy Omotoso, wo mu itorero rya Jesus Dominion International kuri uyu wa 4 Gicurasi 2017, yitabye urukiko rukuru rwa Port Elizabeth, akurikiranyweho ibyaha bigera muri 7 birimo no gusambanya abana batarengeje imyaka 13 y’amavuko, kubacuruza, ruswa n’ibindi. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uru rukiko rwavuze ko uyu mupasiteri yagejejwe imbere ya […]

Uganda: Abasirikare 2 ba UPDF bakorewe iyicarubozo ku munsi w’umurimo

Umusirikare wo mu gisirikare cya Uganda, Lameck Owong uri muri diviziyo ya 4 mu nkambi ya Gulu, aravuga ko yakorewe iyicarubozi n’abantu atazi icyo bamuzizaga ubwo hizihizwaga umunzi w’umurimo muri kiriya gihugu. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Pte Paul Ocen, umutangabuhamya kuri iki kibazo kaba n’umusirikare ukorana n’uyu wakubiswe ku munsi mukuru, avuga uburyo yagiye kureba moto ye […]

U Rwanda ni igihugu cya mbere cyateye intambwe mu bukungu- Prof Shyaka Anastase

Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB), Prof . Shyaka Anastaze yagaragaje uburyo u Rwanda ari igihugu cyateye imbere mu bukungu mu buryo bugaragarira muri wese, rubikesheje kuba rwarafunguriye abanyamahanga amarembo n’abandi bose bashaka gushoramo imari mu nzego zitandukanye. Ibi ni bimwe mu byo uyu muyobozi yatangarije mu nama yiswe Atlantic council yabaye mu kwezi gushize, […]

Diamond Platnumz, umuhanzi uhorana udushya ku mutwe we- AMAFOTO

Mu gihe benshi mu byamamare baba bafite umusatsi wa kirasita (dreadlocks) wuzuye umutwe, umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzania we afite umwihariko, iyi misatsi ye iba ari mbarwa kandi iri ku gice cyo hejuru gusa ku mutwe we. Diamond avuga ko yahisemo kwishyiraho mbarwa, bitewe n’uko aba abona nta kanya yabona ko kuwitaho ari mwinshi […]

Army Week 2017: Uko byifashe mu bice bitandukanye by’igihugu- AMAFOTO

Ingabo z’u Rwanda (RDF) zatangiye icyumweru cy’ingabo (Army Week 2017) ku bufatanye n’izindi nzego za Leta mu bikorwa bijyanye no kuzamura imibereho y’abaturage. Iki gikorwa cyatangiye kuri uyu wa 4 Gicurasi 2017,aho ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’abaturage mu bikorwa bitandukanye hirya no hino mu gihugu ndetse zinatanga ubuvuzi bw’ubuntu ku bantu badafite ubushobozi. Mu karere […]

Umugore bamukuyemo ibihumbi 7 by’Amadolari yari yamize ayahisha umugabo we (Amafoto)

Umugore witwa Sandra Milena Almeida w’imyaka 30 y’amavuko ukomoka muri leta ya Colombia yajyanwe kwa muganga ameze nabi kubera ikibazo cyo kuribwa mu nda, aho abaganga bamukurikiranye bamukuyemo amafaranga agera ku bihumbi 7 by’Amadolari yayamize bunguri. Ubwo uyu mugore yari amaze gukurwamo aya mafaranga, yasobanuye ko yayamize agamije kuyahisha umugabo we ubwo bari mu karuhuko, […]

U Bushinwa bwasabye abaturage ba bwo kuva muri Koreya ya Ruguru mu maguru mashya

Ambasade y’u Bushinwa ikorera muri Koreya ya Ruguru yasabye Abashinwa baba muri kiriya gihugu kuba begeranya utwabo bagasubira mu gihugu cyabo ndetse ababishoboye bakaba bavayo hakiri yare. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Korea Times report ivuga ko Ambasade y’Abashinwa yasohoye iri tangazo isobanura ko itewe impungenge n’umwuka mubi uri hagati y’iki gihugu n’Amerika ashobora kubyara ikintu kitari cyiza […]

Politiki si ibintu bihambaye ni ukumenya imibereho y’abaturage-Diane Rwigara

Bwa mbere mu mateka y’u Rwanda, humvikanye umugore utangaza ko aziyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika nk’umukandida wigenga udaciye mu mutwe wa politiki n’umwe. Shima Rwigara Diane, utamenyerewe muri politiki y’u Rwanda nk’uwaba yaraciye mu buyobozi runaka, yatangaje ko aziyamamariza kuyobora u Rwanda kandi ko azatsinda ayo matora. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru i Kigali, […]

Abashaka kwinjira mu ngabo z’u Rwanda (RDF) ku rwego rwa Ofisiye bafunguriwe amarembo

Ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda buramenyesha Abanyarwanda bose bifuza kwinjira mu ngabo z’igihugu ku rwego rwa ofisiye ko amarembo afunguye, kwiyandikisha ni ku biro by’akarere umuntu akomokamo. Kwiyandikisha bizatangira ku itariki ya 10 Gicurasi, bikazarangira ku wa 25 Gicurasi 2017, nyuma abiyandikishije bakazamenyeshwa itariki y’ibizamini by’ijonjora. Ibisabwa byose biragaragara mu itangazo [xyz-ihs snippet=”google-pub”] kanda-hano-usome-itangazo-rdf Kanda hano […]

Burundi: Umuhuza Mkapa aramaganwa we akohereza intumwa

Umuhuza w’Abarundi, Benjamin William Mkapa akomeje kohereza intumwa zimuhagarariye mu gihugu cy’u Burundi mu gihe bimwe mu bitekerezo bye biganisha ku kunga byamaganwa n’abaturage barangajwe imbere na Leta. Ku wa kabiri tariki ya 2 Gicurasi 2017, nibwo intumwa za Benjamin William Mkapa zageze i Bujumbura kubonana n’abanyapolitiki batari batumiwe mu biganiro biheruka kubera i Arusha […]

Operasiyo Opera: Igitero cy’indege za Israel cyasize gihahamuye Saddam Hussein mu 1981

Ni kenshi twagiye twandika inkuru zijyanye na za operasiyo karundura za gisirikare zagiye zibera ahantu hatandukanye ku isi ya Rurema. Nushaka uyite Operation Babylon cyangwa Operation Opera, yombi ni amazina iki gitero cy’indege z’intambara za Israel [ Israel Air Force ] zagabye ku birindiro by’Ingabo za Irak ahubakwaga uruganda rwa nikereyeri rw’igihugu cya Irak ku […]

Gasabo: Polisi yaburijemo ubujura bwa Televiziyo nini 4, inafata abakekwaho kuziba

Polisi y’u Rwanda mu karere ka Gasabo yaburijemo ubujura bwa Televiziyo nini enye, inafata bane mu bakekwaho kuziba; hanyuma imenyesha ba nyirazo, ndetse irazibashyikiriza. Muri zo harimo ebyiri zibwe mu ijoro ryo ku itariki 1 Gicurasi z’uku kwezi mu rugo ruri mu kagari ka Bibare, mu murenge wa Kimironko. Zafatanywe Hategekimana Eric na Minani Juvenal. […]

Kigali: Umwe mu bana batwikiwe muri ruhurura ni ubwa mbere yari araye mu muhanda

Ababyeyi ba Irabizi Shemu, umwe mu bana batwikiwe muri ruhurura mu mujyi wa Kigali, bababazwa nuko umwana wabo bwari ubwa mbere yari araye ku muhanda, bikamuviramo gupfa urw’agashinyaguro. Irabizi Shemu w’imyaka 18, yigaga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza kuri Sainte Famille. Avuka mu mudugudu wa Kigugu, akagari ka Kamutwa mu murenge wa Kacyiru mu […]

Real Madrid yashimiye bidasanzwe Christiano Ronaldo intsinzi y'igitego cya 400 ayikinira

Umukinnyi w’icyamamaremu gitsinda ibitego Christiano Ronaldo yashimiwe bidasubirwaho n’ikipe ye ya Real Madrid nyuma yo kuyihesha intsinzi ku mugoroba wo kuri uyu wa 2 Gicurasi 2017, ariko by’umwihariko iyi kipe ikaba ba yanamushimiye ku myitwarire yo mu kibuga yamuranze guhera mu mwaka wa 2009 ubwo uyu mukinnyi yatangiraga kumenyekana cyane muri iyi kipe. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] […]

Nyamasheke: Umugabo yishe umugore we wari umubajije impamvu avuye kwiba ibisheke

Ntagozera Stanislas w’imyaka 46 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gasharu,akagari k’Impala,mu murenge wa Bushenge,mu karere ka Nyamasheke, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Shangi mu karere ka Nyamasheke nyuma yo kwica umugore we Mukangango Sophie amuziza kuba yari amubajije impamvu avuye kwiba ibisheke mu rugo rw’umuturanyi we. Mu kiganiro na Bwiza.com,umunyambanga nshingwabikorwa w’ uyu murenge […]

Abayobozi batatu muri ADEPR bari mu maboko ya polisi

Hashize iminsi havugwa inyerezwa ry’umutungo w’itorero rya Pentekote mu Rwanda (ADEPR) ariko ubuyobozi bwaryo bukabitera utwatsi, kuri ubu abayobozi batatu muri iri torero barimo n’ushinzwe umutungo, batawe muri yombi na polisi. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP ThĂ©os Badege aremeza aya makuru, abatawe muri yombi ni Mutuyemariya Christine ushinzwe ubutegetsi n’imari, umuyobozi mukuru ushinzwe imari, […]

Perezida Kagame yeretse Isi uko Global Fund yagobotse u Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimye uruhare rw’ikigega mpuzamahanga (Global Fund) mu kuramira ubuzima bw’Abanyarwanda mu bihe bitandukanye, imikorere asanga yabera igisubizo ibibazo bitandukanye bigaragara ku Isi uyu munsi. Umukuru w’Igihugu yabitangaje ku wa Gatatu tariki ya 3 Gicurasi 2017, afungura ku mugaragaro inama ya 37 ya Global Fund yahurije hamwe abanyamuryango bayo basaga 260, […]

Kirehe: “Umurwazo”, uburyo bushya bwo kotsa imyaka igurishirizwa mu murima

Mu murenge wa Mahama, akarere ka Kirehe haravugwa uburyo bushya bwo kugurisha imyaka itarera. Ibyo bamwe bitaga kuyotsa, ubu bo babyita umurwazo, ariko ubuyobozi ngo ntibuzirengera amakimbirane yavuka muri ubwo bucuruzi. Umurwazo, biva ku nshinga kurwaza, mbese iminsi ikicuma. Aka wa mugani ngo “Aho gupfa none wapfa ejo” . Ubu igihingwa kigezweho ku murwazo ni […]

Ku myaka 22 arashaka umukunzi

Nitwa fille mfite imyaka 22 mfite 68kg nkrneye umukunzi ufite byibura 1,70m ufite kuva 25_30years kd 25_30years. Kd wubaha lmana akijijwe byaba ari akarusho kd ufite gahunda! My number is 0785222273 [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter @Bwiza.com

Bidasubirwaho, u Busuwisi bwimye u Burundi umugogo w'umwami Mwambutsa IV

Nyuma y’imyaka isaga 40, uwahoze ari umwami w’u Burundi Mwambutsa IV atangiye mu gihugu cy’ u Buswisi, urukiko rwo muri iki gihugu rwanzuye ko umugogo we uzagumayo nubwo abo mu muryango we mu gihugu cy’u Burundi basabye kenshi ko umugogo wazanwa ugatabarizwa mu gihugu cye. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Urukiko rwo muri kiriya gihugu rwanzuye kuri uyu […]

Umugabo akurikiranyweho gusambanya no gutera inda umwana we yibyariye

Mugabo w’imyaka 38 y’amavuko witwa Innocent Kamukama akurikiranyweho gusambanya umwana we w’umukobwa w’imyaka 16 akanamutera inda. Uyu mugabo utuye mu gace ka Ibanda muri Uganda, yatawe muri yombi mu mpera z’icyumweru gishize ashinjwa gusambanya umwana we utatangarijwe amazina amushyizeho iterabwiba. Ibi ngo yabikoze mu gihe bari bagiye ku masomo ku buryo nta muntu washoboraga kumubona […]

Kuribwa n’ibiheri no kurara kuri sima, ni bimwe mu byazonze Capt Sagahutu aho yarafungiye

Capt Innocent Sagahutu yatawe muri yombi n’inzego zishinzwe umutekano za Tanzania ku mupaka w’u Burundi na Tanzania ubwo yageragezaga gushaka kwinjira ku butaka bw’u Burundi nta byangombwa afite, aho arekuriwe avuga ko iminsi yamaze ahafungiye ubuzima bwe bwari mu kaga. Hashize imyaka 3 uyu mugabo arangije igifungo cye cy’imyaka 10 i Arusha muri Tanzania ku […]

Uganda: Dore urutonde rw’abahanzi bazi kuririmba ariko batazi kubyina imbere y’abafana

Mu gihugu cya Uganda, hari abahanzi bari mu ngeri zitandukanye, aho usanga hari abaririmba gusa, ababyina, n’abandi. Gusa ukurikije injyana zikunze kumvikana muri kiriya gihugu, ntiwakwiyumvisha ko harimo abahanzi basa n’abashinzwe guhanga no kuririmba gusa ariko igihe cy’ibitaramo ugasanga bashatse ababafasha kubyina. Aba bahanzi usanga mu gihe cy’ibitaramo, baririmba gusa nk’aho ariko kazi kabo, kwandika […]

Ngoma: Ivuriro ryeguriwe abigenga, abakoresha mituel bajya mu kangaratete

Abaturage bivurizaga kuri Poste de Sante ya Muhurire mu murenge wa Rurenge, bahangayikishijwe n’iryo vuriro ryeguriwe abikorera, ubu rikaba ritakira abakoresha Mituel. Bavuga ko ubu bajya kwivuza mu birometero 18, kandi bikabaca intege zo kwishyura umusanzu w’ubwisungane bw’umwaka wa 2017-2018. Hashize amezi arenga abiri, abivurizaga i Muhurire mu karere ka Ngoma bari mu kangaratete. Ivuriro […]

Uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora ya Perezida azahatana guhera mu Mudugudu

Umukandida uzahagararira Umuryango FPR Inkotanyi mu matora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe muri Kanama uyu mwaka, ateganyijwe gutorwa guhera ku rwego rw’umudugudu bitandukanye na mbere. Amabwiriza agenewe abanyamuryango yashyizweho umukono na Gasamagera Wellars, Komiseri ushinzwe Ubukangurambaga muri FPR Inkotanyi, mu izina rya komite ishinzwe amatora muri uyu muryango, rigaragaza uko aya matora azakorwa. Gasamagera yatangarije […]

Amahoro n’umutekano byiganje mu gihugu cyose- Perezida Nkurunziza

Mu gihe imwe mu miryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu ku isi, iyita ku mpunzi, imiryango itabogamiye kuri Leta, Ibinyamakuru,… bikomeje kugaragaza impungege z’umutekano muke uri mu gihugu cy’u Burundi, Perezida Nkurunziza wa cyo we aravuga ko umutekano usesekaye hose mu gihugu. Yari mu munsi mukuru mpuzamahanga w’umurimo, ku wa 1 Gicurasi 2017, ijambo yagejeje ku mbaga […]

Itangazamakuru ryo mu Rwanda ni ryiza, igisigaye ni ukuryongerera ubushobozi- Gen Kabarebe

Minisitiri w’ingabo, Gen James Kabarebe ashima uburyo itangazamakuru mu Rwanda rikora, akagaragaza na bimwe mu byo rikibura. Gen Kabarebe yabitangarije i Nkumba mu itorero ry’Abanyamakuru (Impamyabigwi II) riherutse kuhasozwa mu mpera z’ukwezi gushize ubwo umwe mu banyamakuru yari amubajije uko abona itangazamakuru ry’u Rwanda muri iki gihe. Aravuga ko hari aho ryavuye n’aho rigeze, aragira […]

Nigeria: Abanyepolitiki baratangaza ko ubuzima bwa perezida Buhari bwasubiye irudubi

Itsinda ry’abanyanyepolitiki bakomeye muri Nijeriya ryasabye perezida Muhammadu Buhari w’imyaka 74 gufata ikiruhuko cy’uburwayi, nyuma y’ibibazo bijyanye n’ubuzima bwe. Iri tsinda rivuga ko hari “igisa no gusubira inyuma” ku buzima bwe nyuma yo kunanirwa kwitabira inama z’Abaminisitiri ebyiri. Mu kwezi kwa Mbere Bwana Buhari yamaze ibyumweru birindwi ari mu kiruhuko cy’uburwayi aza no kujya mu […]

Kigali: Abashinjwa iterabwoba batangiye kuburanishirizwa mu muhezo

  Kuri uyu wa kabiri tariki ya 2 Gicurasi 2017, urukiko rukuru rwa Kigali rwatangiye kuburanisha mu mizi urubanza rw’abantu basaga 40 baregwa iterabwoba, nyuma y’igihe kirenga umwaka batawe muri yombi. Abakurikiranywe bashinjwa kuba mu itsinda ry’abasore n’inkumi bari mu mugambi wo kwifatanya n’imitwe y’iterabwoba itsimbaraye ku mahame y’ubutagondwa y’idini ya Islam. Uru rubanza rukaba […]

Indege za Amerika zirasa bombe zagenzuye ikirere cya Koreya ya Ruguru

Ubutegetsi bwa Koreya y’Epfo bwatangaje ko indege ebyiri zirasa bombe (bombardiers) zagenzuye ikirere cya Koreya ya ruguru zigenzura niba nta bikorwa byo gushotorana icyo gihugu kiri gukora. Izo ndege zo mu bwoko B1-B zarangije icyo gikorwa ziri kumwe n’indege z’intambara za Koreya y’Epfo nkuko Ijwi rya Amerika ryabitangaje. Itangazamakuru rya Koreya ya Ruguru ryavuze ko […]

Nyaruguru: Umwarimu w’indashyikirwa yahembwe soya

Ku munsi mpuzamahanga w’umurimo, abakoresha bicarana n’abakozi bagatora umukozi wahize abandi mu mwaka ushize maze akabihemberwa. Mu murenge wa Musebeya ntibatanzwe, Undimukobwa Marcelline yahize abandi ahembwa soya. Ni tariki ya 1 Gicurasi 2017, mu cyumba cy’inama cy’urwunge rw’amashuri rwa Musebeya mu karere ka Nyaruguru, intara y’Amajyepfo. Ni iyo giterwa inkingi, ahahoze ari Komini Nshili ahitwaga […]

Uganda: IGP Kayihura yongejwe indi manda mu gihe Dr Besigye we yamusabiraga kwirukanwa

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 2 Gicurasi 2017, Perezida Museveni yongereye manda z’abayobozi mu by’umutekano batandukanye barimo na AIGP Kale Kayihura, wari uherutse gusabirwa na Dr Besigye utavuga rumwe na leta kwegura amushinja kunanirwa kuzuza inshingano ze mu biro. Daily monitor ivuga ko uyu AIGP Kayihura yongewe igihe kingana n’imyaka 3 ngo azane impinduka […]

U Rwanda rwungutse abapolisi bashya 1883- AMAFOTO

Abapolisi bato 1883 basoje amahugurwa y’ibanze abemerera gutangira inshingano zabo nk’abapolisi b’u Rwanda. Ayo mahugurwa abaye ku nshuro ya 13, amaze igihe abera mu ishuri rikuru rya polisi y’u Rwanda i Gishari mu karere ka Rwamagana. Impeta ibagira abapolisi bato (Police Constable) bayihawe na Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, ku wa Kabiri tariki ya 2 Gicurasi […]

Pep Guadiola, umutoza ufatwa nk’indashyikirwa ku mugabane w'u Burayi

Umutoza w’ikipe ya Man City, Pep Guardiola muri ino minsi ari gufatwa nk’umutoza udasanzwe haba ku mugabane w’u Burayi kubera ibikombe akomeje gutwara guhera mu myaka yashize, aho bamwe mu basesenguzi bakomeye mu bya ruhago bakaba bavuga ko ashobora no kuza imbere ku rutonde rw’abatoza 50 bakora akazi ka bo neza. Nk’uko byagaragajwe ku rubuga […]

U Rwanda rugaruye inyamaswa z’Inkura muri pariki y’Akagera

Imyaka 10 yari ishize, Pariki y’igihugu y’Akagera itabarizwamo inyamaswa z’ Inkura, bamwe bita ingurube z’ishyamba (inkura/Rhinos), ubu zamaze gusesekara mu Rwanda aho zitegerejwe kujyanwa muri iyo pariki. Inkura 10 zagejejwe muri iyi pariki zizakurikirwa n’izindi 10 zitegerejwe mu minsi iri imbere. Nkuko bigaragara ku rubuga rwa Twitter rw’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere(RDB), izo nyamaswa zageze mu […]

Igitutu cya Kagame cyatumye Habyarimana abura amajyo n’umuvuno

Izari ingabo z’u Rwanda (FAR) na Perezida Habyarimana Juvenal wari Perezida akaba n’Umugaba mukuru wazo, bamaze igihe bagendera ku mabwiriza ya Perezida Kagame mu rugamba rwo kubohora u Rwanda, baza no kurutsindwa. Urwo rugamba rwatangiriye i Kagitumba mu Mutara, ariko uko RPA yagendaga yimura ibirindiro byatumaga FAR iyikurikira, ikarwana urugamba uko itaruteguye, ahubwo ikagendera ku […]

Afurika y’Epfo: Perezida Zuma, yasubitse ijambo ryo ku munsi w’umurimo kubera uburakari

Kuri uyu wa mbere tariki ya mbere Gucurasi 2017, ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe umurimo, Perezida w’Afurika y’Eepfo, Jacob Zuma yasubitse ijambo yari yageneye abanyagihugu nyuma yo gusabwa kwegura mu buryo bw’imyigaragambyo y’abatavuga rumwe na we. Uku guhagarika ijambo abaturage bari bategereje ari benshi, byakurikiye imvururu zidasanzwe hagati y’abashyigikiye ko Perezida Zuma aguma ku butegetse […]

Gen Muhoozi Kainerugaba arifuriza iruhuko ridashira Gen Mayombo umaze imyaka 10 apfuye

Maj. Gen. Muhoozi Kainerugaba, ni umuhungu w’imfura wa Perezida Museveni by’umwihariko akaba n’umujyanama we ushinzwe ibikorwa bya gisirikare muri Perezidansi. Kuri uyu wa 1 Gicurasi 2017, yifurije iruhuka ridashira Nobel Mayombo wari umusirikare wa Uganda, umaze imyaka 10 apfuye. Abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, Maj. Gen. Muhoozi yagize ati: “kuri iyi tariki turibuka mugenzi […]

Abarundi binjizaga ikawa mu Rwanda rwihishwa bahawe gasopo

Guverineri w’intara ya Cibitoke yo mu Burundi, amaze gukorana inama 3 n’abayobozi b’amakomini ayigize, abayobozi b’inzego zishinzwe umutekano ndetse n’abandi bahagarariye sirivisi zitandukanye, izi nama zigamije gukangurira abaturage baturiye umupaka kwirinda kwambutsa ikawa bajya kuzigurisha mu Rwanda. Nku’uko bitangazwa na ABP (Agence Burundaise de Presse), Guverineri w’Intara ya Cibitoke, M. Joseph Iteriteka yatangaje ko muri […]