Diamond ntabwo ari umuhungu w’inzozi zanjye_Miss Jolly

Nyampinga w’u Rwanda w’umwaka w’2016, Miss Mutesi Jolly avuga ko umuhanzi wamamaye cyane muri Tanzania no ku mugabane wa Afurika, Diamond Platinumz, atari umuhungu w’inzozi ze ku buryo yamubera umugore. Jolly yabitangarije mu kiganiro yagiriye kuri Yago TV Show, anyomoza ibyavugwaga ko ashobora kuzisanga yarabyariye uyu muhanzi umaze gutandukana n’abagore benshi, nyuma y’aho yari amaze […]

Biden yatutse umunyamakuru kuri nyina bitewe n’ikibazo yamubajije

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Joe Biden yatutse umunyamakuru wa Fox News witwa Peter Doocy kubera ikibazo yari amaze kumubariza mu kiganiro. Iki kiganiro cyabereye mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu (White House) kuri uyu wa 24 Mutarama 2022, nyuma y’ijambo ry’iminota 8 Biden yari amaze kuvuga. Nyuma y’iri jambo, ibitangazamakuru bivuga ko abanyamakuru […]

KNC wafatiwe ibihano avuga ko arajurira

Umuyobozi Mukuru wa Gasogi United, Kakoza Nkuriza Charles (KNC) wafatiwe ibihano na Komisiyo ishinzwe imyitwarire mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yavuze ko arajuririra bimwe muri byo. Nk’uko bigaragara ku itangazo ryasohotse ku rubuga rwa FERWAFA kuri uyu wa 24 Mutarama 2022, iyi komisiyo yahannye KNC gusiba imikino ine n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda (Frw) […]

Perezida wa Burkina Faso yanditse ibaruwa y’ubwegure

Perezida wa Repubulika ya Burkina Faso, Roch Marc Christian KaborĂ©, yandikiye umuyobozi w’abasirikare bahiritse ubutegetsi bwe, Lieutenant Colonel Paul-Henri Sandaogo Damiba, amumenyesha ko yeguye ku nshingano y’Umukuru w’Igihugu. Nk’uko bigaragara mu ibaruwa KaborĂ© yashyizeho umukono kuri uyu wa 24 Mutarama 2022, yagize ati: “Ku bw’inyungu zisumba izindi z’igihugu na nyuma y’ibyabaye kuva ejo, mfashe icyemezo […]

Gen. Kainerugaba arasaba Imana gushyigikira ubwiyunge bw’u Rwanda na Uganda

Umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba arasaba Imana gushyigikira ubwiyunge bw’igihugu cye n’u Rwanda. Bigaragarira mu butumwa uyu musirikare yashyize ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 25 Mutarama 2022, yifashishije amabendera y’ibihugu byombi, bugira buti: “Ubumwe bwacu bwatangiye mbere y’amateka yanditse. Turi umuntu […]

Mukandutiye arabaza igihano azabanza hagati ya burundu ya Gacaca n’imyaka 5 y’Urukiko Rukuru

Angelina Mukandutiye uri mu bo mu mutwe witwaje intwaro wa MRCD-FLN bareganwa na Paul Rusesabagina, Nsabimana Callixte n’abandi 19, yabajije umucamanza igihano azabanza kurangiza hagati y’igifungo cya burundu yakatiwe n’Urukiko Gacaca ndetse n’icy’imyaka itanu yakatiwe n’Urukiko Rukuru. Mukandutiye w’imyaka 71 y’amavuko yabajije iki kibazo mu iburanisha mu Rukiko rw’Ubujurire ryabaye kuri uyu wa 24 Mutarama […]

Perezida wa Burkina Faso yatawe muri yombi

Perezida wa Repubulika ya Burkina Faso, Roch Marc Christian KaborĂ©, yatawe muri yombi n’abasirikare bivugwa ko bamaze guhirika ubutegetsi bwe. Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, ivuga ko aya makuru yayahamirijwe na bamwe bamufunze. Perezida KaborĂ© ngo ubu afungiwe ku biro by’ingabo, ndetse itabwa muri yombi rye n’impamvu yaryo riratangarizwa kuri radiyo na televiziyo by’igihugu mu gihe […]

Rwanda-Uganda: Mukurarinda avuga ko icyizere ku izahuka ry’umubano kigeze kuri 50-60%

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda wungirije, Me Alain Mukurarinda, avuga ko icyizere ku izahuka ry’umubano w’iki gihugu na Uganda ubu kigeze ku rugero rwa 50 cyangwa 60%. Yabitangarije mu kiganiro yagiriye kuri RBA, nyuma y’uruzinduko rw’umunsi umwe umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka ndetse n’umujyanama we mu bikorwa […]

Ndayishimiye avuga ko Abarundi bahaye Yesu amazi yo kunywa

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yavuze ko mu bihe bya kera, bahaye Yesu amazi yo kunywa mu gihe yari mu buhungiro mu Misiri. Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangaje ubwo yasozaga igiterane mpuzamadini cyateguwe n’ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, mu rwego rwo kugaragaza ko u Burundi ari igihugu gifite umugisha, kikaba umugisha no ku bindi. […]

Abu Dhabi: Igitero cya misile ebyiri cyapfubijwe

Minisiteri y’Ingabo ya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yatangaje ko abasirikare bayo bapfubije igitero cya misile ebyiri zarashwe n’umutwe w’iterabwoba wa Houthi ku murwa mukuru, Abu Dhabi, mu gitondo cy’uyu wa 24 Mutarama 2022. Itangazo iyi Minisiteri yashyize hanze rigira riti: “Ingabo zishinzwe uburinzi bwo mu kirere zapfubije zinasenya misile ebyiri zarashwe n’umutwe w’iterabwoba wa […]

Impamvu Mwenda abona Gen. Kainerugaba ari we wenyine wagombaga koherezwa i Kigali

Umunyamakuru Andrew Mwenda ukunzwe muri Uganda, usanzwe ari inshuti y’umuryango w’Umukuru w’Igihugu, yagaragaje zimwe mu mpamvu zatumye Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba ari we wenyine wari ukwiye koherezwa mu Rwanda, akaganira na Perezida Paul Kagame. Mwenda yavuze ko azi ko nta n’umwe muri Uganda washoboraga kuba intumwa nziza yoherezwa kuri Perezida […]

Gen. Kainerugaba i Kigali, urubanza rwa ba Rusesabagina, Mukansanga azamura ibendera, inkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 17 Mutarama 2022 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru zerekeye politiki, ubutabera, siporo n’umuco. Harimo: Umuhungu wa Museveni i Kigali Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akaba n’Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba tariki ya 22 Mutarama 2022 yagiriye uruzinduko rwe bwite mu Rwanda, ahura na Perezida Paul Kagame. […]

Rev. Past. Nzabonimpa yitabye Imana ari mu murimo w’ivugabutumwa

Rev. Pasteur Nzabonimpa Canisius wari mu bashumba b’itorero ADEPR bakomeye mu gihugu, yapfiriye mu Karere ka Rubavu ari mu murimo w’ivugabutumwa. Umuhungu wa nyakwigendera, Nsengurebe Joel (nyiri shene ya YouTube yitwa Iyobokamana TV) yatangarije Bwiza.com ko inkuru y’uru rupfu yamenyekanye mu gitondo cy’uyu wa 23 Mutarama 2022, kandi rwaje rutunguranye kuko ngo nta kibazo cy’ubuzima […]

Volleyball: Mutabazi ukinira ikipe y’igihugu yaburiye i Dubai

Mutabazi Yves ukinira ikipe y’u Rwanda ya Volleyball biravugwa ko amaze icyumweru kirenga aburiwe irengero, i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) aho yakiniraga. Umunyamukuru wa siporo, Sam Karenzi yamenyesheje inzego zirimo Minisiteri ya Siporo iby’ibura ry’uyu mukinnyi ati: “Umuryango wa #YveMutabazi ukina i Dubai uhangayikijwe cyane no kuba amaze icyumweru kirenga yaraburiwe Irengero! […]

Burkina Faso: Amasasu menshi yumvikanye mu murwa mukuru

Urusaku rw’amasasu menshi muri Burkina Faso rwumvikanye ku birindiro by’ingabo bya Sangoule Lamizana mu murwa mukuru, Ouagadougou mu gitondo cy’uyu wa 23 Mutarama 2022. Ibiro ntaramakuru by’Abongereza bivuga ko urusaku rw’amasasu muri Sangoule Lamizana rwatangiye kumvikana saa kumi n’imwe (isaha ya GMT), rumara isaha n’igice. Ibi birindiro ni byo bibamo abasirikare bakuru ba Leta ya […]

Turi mu buhungiro batwitaga Abanyarwanda_Gen. Kainerugaba

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba avuga ko mu gihe we n’umuryango we bari mu buhungiro, abantu babitaga Abanyarwanda. Yabitangarije mu butumwa bushyigikira imishyikirano y’ibihugu byombi igamije kubyutsa umubano wari mwiza wajemo agatotsi bitewe n’impamvu z’umutekano na politiki. Yagize ati: “Namaze igihe kinini nzi […]

Capt Sagahutu ucumbikiwe muri Niger avuga ko agifite imbaraga zo gutera u Rwanda

Capt Sagahutu Innocent uri mu Banyarwanda 8 Umuryango w’Abibumbye wohereje muri Niger, avuga ko agifite imbaraga zo gutera u Rwanda, cyane ko ngo uko byagenda kose intambara igomba kuzaba muri iki gihugu. Yumvikana abivugira mu kiganiro yagiranye n’abandi barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda baba mu mahanga, cyatambutse kuri shene ya YouTube yitwa Umutware TV, ku wa […]

Umutoza Adil yavuze ko APR FC itazagumana abakinnyi badashoboye gutsinda ibitego

Umutoza mukuru wa APR FC, Mohamed Adil Erradi yatangaje ko iyi kipe itazagumana abakinnyi b’abasatirizi badashobora kubyaza amahirwe babona mo ibitego. Yabitangarije umunyamakuru wa RBA nyuma y’aho kuri uyu wa 22 Mutarama 2021 APR FC yari imaze kunganya na AS Kigali ubusa ku busa. Uyu mutoza ntiyishimiye imyitwarire y’iyi kipe by’umwihariko ku busatirizi, kuko ntiyumva […]

Nabyo byaba byiza mbaye ndi Umunyarwandakazi_Umugore wa Besigye

Umugore w’umunyapolitiki Dr Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Winnie Byanyima, yasubije ko na byo byaba byiza abaye ari Umunyarwandakazi. Byanyima uyobore ikigo cyegamiye ku Muryango w’Abibumbye kirwanya SIDA, UNAIDS, yasubizaga ukoresha urubuga rwa Twitter wamwise Umunyarwandakazi ati: “Byanyima ni Umunyarwandakazi, si Umugandekazi.” Uyu wiyise Opressed Ugandans yasubizaga ku butumwa Byanyima yari yashyize kuri […]

Imyaka 13 irashize Gen. Nkunda atawe muri yombi

Tariki ya 22 Mutarama 2009 ni bwo umusirikare wari uyoboye umutwe witwaje intwaro wa CNDP (CongrĂšs National pour la DĂ©fense du Peuple) , Gen. Laurent Nkunda yatawe muri yombi ubwo yinjiraga mu Karere ka Rubavu, aturutse muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Nkunda yatawe muri yombi n’ingabo z’u Rwanda mu masaa tanu y’ijoro ry’uwo […]

Kigali: Yasanze uwo yakoye arimo gusezerana n’undi

Umugabo witwa Uwizeyimana Eric yasanze umugore avuga ko yakoye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 500 (Frw 500,000) witwa Isamaza Suzana arimo gusezeranira n’undi ku biro by’umurenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo. Byabaye kuri uyu wa 20 Mutarama 2022, Uwizeyimana wagerageje guhagarika isezerano rya Isamaza ngo atarasubizwa inkwano yatanze, atangariza umunyamakuru wa BTN TV uko byagenze. […]

Col. Gatabazi Sankara asabira gukurikiranwa avuga ko muri FLN yakekwagaho gukorera Kigali

Colonel Gatabazi Joseph wari ushinzwe ibikorwa by’umutwe witwaje intwaro wa FLN urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, avuga ko yari mu bantu bakekwagaho gukorana na Kigali, bityo ngo nta mwanya yahabwaga ngo akore inshingano ye. Uyu musirikare ucumbikiwe by’agateganyo ku kigo cya Mutobo mu Karere ka Musanze mbere yo gusubizwa mu buzima busanzwe ni we Nsabimana Callixte […]

Mr Rwanda yasuzumye ibyangombwa bya Super Manager, isanga afite imyaka 23

Abarimo gutegura irushanwa ry’umuhungu w’Umunyarwanda uhiga abandi mu bwiza, Mr Rwanda, baremeza ko basuzumye ibyangombwa bya Gakumba Patrick wamamaye nka Super Manager, basanga koko afite imyaka 23 y’amavuko. Mu Kuboza 2021 ni bwo abitabira iri rushanwa rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya mbere batangiye kwiyandikisha. Mu by’ibanze basabwaga harimo kuba bafite imyaka iri hagati […]

Bamporiki avuga ko abahuza inka yagabiwe na Isimbi na ruswa bafite ishingiro

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard avuga ko abantu bahuje inka yagabiwe n’umukinnyi wa filimi Isimbi Alliah na ruswa bafite ishingiro. Isimbi yagabiye Bamporiki iyi nka mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Mutarama 2022 ubwo bari bahuriye mu busabane n’abandi bafite aho bahuriye n’ibikorwa byo guteza imbere imyidagaduro. Icyo gihe ni bwo Bamporiki […]

RDC: Kabund weguye ‘yanga agasuzuguro’, yisubiyeho

Uwari Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Jean-Marc Kabund uherutse kwegura avuga ko yanze agasuzuguro, yisubiyeho, yemera gusubira kuri iyi nshingano. Kabund usanzwe ari na Perezida w’inzibacyuho w’ishyaka UDPS riri ku butegetsi, tariki ya 13 Mutarama 2021 ni bwo yatangarije ku rubuga rwa Twitter ko yeguye ku mirimo y’Inteko. […]

Sankara arasaba kudashinjwa nk’uwayoboye ibitero, kandi uwabikoze ari i Mutobo

Nsabimana Callixte wamenyekanye nka Major Sankara mu gihe yari Umuvugizi w’umutwe witwaje intwaro wa FLN, arasaba kudakurikiranwa nk’uwayoboye ibitero wagabaga ku Rwanda kandi uwabikoze ari mu kigo gicumbikira by’agateganyo abari abasirikare basubizwa mu buzima busanzwe kiri i Mutobo mu Karere ka Musanze. Major Sankara yabivugiye mu rukiko rw’ubujurire kuri uyu wa 20 Mutarama 2022 ubwo […]

Umugaba Mukuru w’ingabo za Afurika y’Epfo yasuye iz’u Rwanda muri Cabo Delgado

sa.jpg

Umugaba Mukuru w’ingabo za Afurika y’Epfo, General Rudzani Maphwanya yasuye ingabo na Polisi by’u Rwanda biri mu butumwa bw’amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique. Gen. Maphwanya yari aherekejwe n’Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo za Mozambique, Lt. Gen. Bertolino Jeremias Capetine hamwe n’abandi bofisiye bakuru. Ntabwo ibyo baganiriyeho biramenyekana gusa ikiriho ni uko ingabo za […]

Imyambarire y’ab’igitsina gore mu ngabo z’u Burundi yahagurukiwe

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burundi, General Prime Niyongabo yahagurukiye imyambarire, inyogosho n’ibirungo abasirikare b’igitsina gore (abakobwa n’abagore) bisiga birimbisha. Nk’uko bigaragara mu itangazo aherutse gushyiraho umukono, Gen. Niyongabo yavuze ko bimaze kugaragara ko hari abasirikare b’igitsina gore Bambara, bakiyogoshesha cyangwa bakirunga bitajyanye n’amahame ngengamyitwarire y’ingabo z’u Burundi. Yabishingiyeho abuza aba basirikare: kwambara amajipo magufi, imyambaro […]

Mali yirukanye indege y’u Budage yarimo abasirikare 75

Minisiteri y’ingabo y’u Budage yatangaje ko kuri uyu wa 19 Mutarama 2022 Leta ya Mali yirukanye indege yayo y’ubwikorezi yari itwaye yari itwaye abasirikare 75. Nk’uko ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters bibivuga, iyi ndege yari ivuye mu Budage yerekeza aho ingabo z’u Budage mu murwa mukuru wa Niger, Niamey, yageze hafi y’ikirere cya Mali, itegekwa kutinjira […]

Urukiko rwafashe icyemezo cyo kutaburanisha Kabila muri dosiye ya Chebeya

Urukiko rukuru rw’igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) rwafashe icyemezo cyo kutinjiza Joseph Kabila wabaye Umukuru w’Igihugu mu iburanishwa ku rupfu rw’impirimbanyi y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, Floribert Chebeya n’umushoferi we, Fidel Bazana. Ubusabe bwo kwinjiza Kabila muri uru rubanza bwari bwaratanzwe n’imiryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu irimo La Voix des Sans Voix washinzwe na Chebeya, nyuma […]

Izindi ngabo z’u Burundi zibarirwa mu magana zagiye muri Uvira

Izindi ngabo z’u Burundi n’Imbonerakure zibarirwa muri 600 ziravugwaho koherezwa muri Teritwari ya Uvira, Intara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kugira ngo zifatanye n’izari zisanzweyo mu kurwanya umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara. Izi ngabo bivugwa ko tariki ya 18 Mutarama 2022, zavuye mu Burundi, zigera mu gace ka Mubere, […]

Bamporiki ntiyishimiye ko videwo ye na Isimbi yagiye hanze

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, yagaragaje ko atishimiye ko videwo ye n’umukinnyi wa filimi nyarwanda, Isimbi Alliah yagiye ku karubanda. Iyi videwo yasohotse mu ntangiriro z’uku kwezi ni iyo yumvikanyemo avuga ko ari idebe rya Isimbi nyuma yo kwemera inka yari amaze kumugabira, ubwo bo hamwe n’abandi bo mu myidagaruro bari […]

Umutoza wa Zimbabwe yakuriye ingofero umusifuzi Mukansanga

kansangasalma.jpg

Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Zimbabwe, Norman Takanyariwa Mapeza yakuriye ingofero Umunyarwandakazi Salma Rhadia Mukansanga wasifuye umukino wabahuje na Guinea Conakry wa nyuma mu matsinda y’irushanwa ry’abagabo ry’ibihugu bya Afurika, CAN 2021. Mukansanga ni we wari umusifuzi wo hagati muri uyu mukino wabereye kuri Sitade Ahmadou Ahidjo mu murwa mukuru wa Cameroon (Younde) Zimbabwe yatsinzemo Guinea […]

Nyamagabe: Arishyuza Frw hafi ibihumbi 300 avuga ko yambuwe n’umukoresha

inzu.png

Umuturage witwa Ndagijimana Ferdinand utuye mu Mudugudu wa Nyirakiraro, Akagari ka Karambo, Umurenge wa Kibirizi w’Akarere ka Nyamagabe arasaba ubuyobozi kumwishyuriza amafaranga y’u Rwanda (Frw) 272,500 uwahoze ari Shebuja witwa Kayihura Barthazar yarindiraga inzu, ariko akaza kumwambura. Mu mabaruwa Bwiza.com ifitiye kopi Ndagijimana yandikiye abayobozi batandukanye kugeza ku rwego rw’intara, avuga ati: “Kayihura Barthazar yampaye […]

Arasabira umugabo we wamukubise gufungurwa, kuko ngo ni we watungaga urugo

Dusengimana Eveline utuye mu Kagari ka Kabushinge, Umurenge wa Rwaza w’Akarere ka Musanze arasabira umugabo we Twagirayezu lldephonse ufungiwe muri Gereza ya Rwamagana gufungurwa, kuko ngo ni we watungaga umuryango. Dusengimana mu ibaruwa yandikiye Minisitiri w’Ubutabera tariki ya 10 Mutarama 2021, ikamenyeshwa umuyobozi w’urwego rushinzwe amagereza n’umuyobozi wa gereza ya Nsinda (Rwamagana), yasobanuye ko intandaro […]

Rubavu: N’umugabo yaramwirukanye nyuma yo kwirukanwa ku kazi kuko atikingije

Umugore witwa Ingabire Jeanne Gentille utuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, aravuga ko umugabo we basezeranye byemewe n’amategeko yagerageje kumwirukana kuko atikingije Covid-19, icyemezo avuga ko gishingiye ku myemerere ye bwite cyanatumye yirukanwa ku kazi k’ubwarimu mu rwunge rw’amashuri rwa Rambo. Avuga ko mu Murenge wa Nyamyumba ari we mwarimu wenyine wafashe […]

Meddy yagaragaje agahinda yatewe n’urupfu rwa Akeza wasubiyemo indirimbo ye

my_vow.jpg

Umuhanzi Ngabo MĂ©dard (Meddy) yagaragaje agahinda yatewe n’urupfu rw’umwana w’imyaka 5 y’amavuko witwa Akeza Rutiyomba Elsie uherutse gusangwa mu kigega cy’amazi yapfuye. Urupfu rwa Akeza rwamenyekanye tariki ya 14 Mutarama 2022 ubwo yasangwaga muri iki kigega mu rugo rwa se Florian Rutiyomba, ruherereye mu Kagari ka Busanza, Umurenge wa Kanombe mu Karere ka Gasabo. Urwego […]

PSG yakeje u Rwanda ku bw’umusifuzi Mukansanga

psg.jpg

Ikipe ya Paris Saint Germain (PSG) yo mu Bufaransa yakeje u Rwanda ku bwa Salma Rhadia Mukansanga urimo gusifura umukino wa Zimbabwe na Guinea Conakry mu irushanwa ry’ibihugu bya Afurika ry’abagabo, CAN. Bigaragara mu butumwa iyi kipe y’ubukombe mu Bufaransa yatangarije kuri Twitter, busubiza ubw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, bumenyesha ko Mukansanga yandikira amateka […]

Nsabimana yasobanuye impamvu yari akwiye izina rya Sankara n’ipeti rya Major

Nsabimana Callixte wamenyekanye nka Major Sankara ubwo yari Umuvugizi w’umutwe witwaje intwaro wa FLN wagabye ibitero mu bice bikoze kuri Pariki ya Nyungwe mu 2018 n’2019, yasobanuye impamvu yari akwiye izina rya Sankara n’irya Major. Mu kiganiro kirekire yagiranye na The Chronicles muri gereza ya Nyarugenge afungiwemo kuva mu 2019, Nsabimana yagaragaje ko atishimiye ibinyamakuru […]

Ubuhamya kuri Akeza Elsie wasanzwe mu kigega cy’amazi yapfuye

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye amafoto y’umukobwa w’imyaka 5 y’amavuko wasanzwe mu kigega cy’amazi mu rugo rwa Se ruri mu Kagari ka Busanza, Umurenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro bivugwa ko kijyamo litiro 200 z’amazi, yapfuye. Habayeho urujijo, bamwe bibaza niba uyu mwana witwa Akeza Elsie Rutiyomba yaguyemo, uko yaba […]

CAN: Mukansanga ni we musifuzi wo hagati mu mukino urahuza Guinea na Zimbabwe

salma.jpg

Umunyarwandakazi Salma Rhadia Mukansanga ni we usifura umukino wa nyuma mu itsinda B urahuza Zimbabwe na Guinea Conakry mu irushanwa ry’ibihugu bya Afurika, CAN 2021. Uyu mukino urabera kuri Sitade Ahmadou Ahidjo mu murwa mukuru wa Cameroon iri kwakira iri rushanwa, Yaounde guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wo kuri uyu wa 18 Mutarama 2022. BBC […]

Rwanda-Uganda: Makolo avuga ko inama no kohereza intumwa bidahagije

makolo.jpg

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko inama zihuza iki gihugu na Uganda hamwe no kohereza intumwa bidahagije mu gukemura ibibazo byatumye umubano wabyo uzamba. Yabitangarije ku rubuga rwa Twitter mu gitondo cy’uyu wa 18 Mutarama 2022, avuga kuri Ambasaderi Adonia Ayebare Perezida Yoweri Museveni yohereje nk’intumwa kugira ngo ageze “ubutumwa bwihariye” kuri […]

Nkurikiye ababajwe n’igitabo kivuga ko Ikinyarwanda kimira Ikirundi mu mpunzi

Umuvugizi wa Minisiteri y’ubutegetsi, umutekano n’iterambere ry’Abarundi hamwe na Polisi y’u Burundi, Pierre Nkurikiye yagaragaje ko ababajwe n’igitabo kivuga ko ururimi rw’Ikinyarwanda rurimo riramira Ikirundi mu mpunzi ziba mu Rwanda. Iki gitabo cyitwa ‘Une Forte Influence du Kinyarwanda sur la Langue Kirundi’ gisobanura ngo ‘Imbaraga Ikinyarwanda Gifite mu Kumira Ikirundi’ cyanditswe n’Umurundi witwa Patience David […]

Rutshuru: FDLR iravugwaho kwaka abaturage umusoro

Umutwe witwaje intwaro wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, uravugwaho kwaka umusoro abaturage bo muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Abavuganye na Radio Okapi bavuga ko abarwanyi ba FDLR imaze imyaka irenga 20 muri RDC bavuga ko batangiye kubaka umusoro mu buryo butemewe n’amategeko guhera […]

Sankara aratakamba ngo yemererwe kuvugana n’umukunzi we bateganyaga gushyingiranwa

Nsabimana Callixte cyangwa Maj. Sankara ufungiwe muri gereza ya Nyarugenge aratakamba ngo yemererwe kujya avugana n’umukunzi we yasize muri Afurika y’Epfo ubwo bateganyaga gushyingiranwa. Mu kiganiro yagiranye na The Chronicles, Nsabimana avuga ko ubwo yatabwaga muri yombi muri Mata 2019 avanwe muri Comores, yari yarasize umukunzi we muri Afurika y’Epfo, akaba yarahunze Kayumba Nyamwasa yakekaga […]

Tanzania n’u Burundi byasinye amasezerano yo kubaka umuhanda wa gari ya moshi

bdi1-3.jpg

Guverinoma ya Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania n’iy’u Burundi zasinye amasezerano y’umushinga wo kubaka umuhanda wa gari ya moshi ubihuza, ufite agaciro k’amadolari ya Amerika ($) miliyoni 900. Aya masezerano yari ahagarariwe na ba Minisitiri b’imari n’ubwikorezi b’ibihugu byombi, i Kigoma kuri uyu wa 16 Mutarama 2022. Uyu muhanda ufite uburebure bw’ibilometero 282 uzaturuka mu […]

Sadate yamenyesheje Gen. Kainerugaba ko akumbuye Kampala

Munyakazi Sadate yamenyesheje umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba ko akumbuye Kampala nyuma y’imyaka 4 amaze atagerayo bitewe n’uko iki gihugu kitabanye neza n’u Rwanda. Bikubiye mu butumwa yatangarije ku rubuga rwa Twitter, asubiza Gen. Kainerugaba wari umaze gutangaza ko Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame ari Se wabo, bityo umurwanya […]

Sankara avuga ko Nyamwasa yamubwiye ko ashyigikiwe n’abasirikare bakuru mu Rwanda

Nsabimana Callixte wamenyekanye nka Major Sankara ubwo yari Umuvugizi w’umutwe witwaje intwaro wa FLN urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, yahishuye ikibazo yigeze kubaza Lt Gen. Kayumba Nyamwasa washinze ihuriro rya RNC ubwo yamubwiraga ko ashyigikiye n’abasirikare hamwe n’abayobozi bakuru mu Rwanda. Mu kiganiro yagiranye na Chronicles cyabereye muri gereza ya Nyarugenge afungiwemo, Nsabimana yasobanuye ku buryo […]

Intumwa z’u Burundi mu Rwanda, iza Uganda mu Burundi n’imyigaragambyo y’abamotari; inkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 10 Mutarama 2022 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru zirebana na politiki, umutekano, ubutabera n’ubuzima. Harimo: Intumwa z’u Burundi mu Rwanda, iza Uganda mu Burundi Perezida wa Repubulika y’u Rwanda tariki ya 10 Mutarama 2022 yakiriye intumwa eshatu zoherejwe na Perezida w’u Burundi, baganira ku gukomeza umubano w’ibihugu byombi. Izi ntumwa zarimo Minisitiri […]

Umunsi w’ubukwe bw’umunyamakuru MC Hero n’umukunzi we wamenyekanye

heroruth.jpg

Umunsi w’ubukwe bw’umunyamakuru akaba n’umuyobozi w’ibitaramo n’ibirori, Gasore Albert uzwi nka MC Hero n’umukunzi we Tuyisingize Ruth (Garu) wamenyekanye nyuma y’aho kuri uyu wa 16 Mutarama 2022 bashyizwe mu gitabo cy’abitegura kurushinga mu itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa 7 rya Gahogo riri mu Karere ka Muhanga. Nk’uko iri torero ryabyemeje, MC Hero na Ruth bazasezeranira imbere […]

Abarwanya Afande Kagame bararwanya umuryango wanjye_Gen. Kainerugaba

muhoozikagame.png

Umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko abarwanyi Perezida Paul Kagame w’u Rwanda ari abanzi b’umuryango wabo. Bigaragarira mu butumwa uyu musirikare amaze gushyira ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 16 Mutarama 2021 ‘bwihanangiriza’ abarwanya Umukuru w’Igihugu. Gen. Kainerugaba yashyize amafoto abiri […]

Mali: IBK wahiritswe n’igisirikare kiri ku butegetsi yapfuye

Kassoum Tapo wabaye Minisitiri w’Ubutabera wa Mali yatangaje ko Ibrahim Boubacar Keita (IBK) wahiritse n’abasirikare bari ku butegetsi bayobowe na Colonel Assimi GoĂŻta yapfuye. Nk’uko Tapo yabibwiye ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, IBK yapfiriye mu murwa mukuru wa Mali, Bamako kuri uyu wa 16 Mutarama 2022, gusa impamvu y’urupfu rwe ntiyayitangaje. Aya makuru kandi yemejwe n’umwe […]

U Rwanda rwaba rwaranze doze 250,000 z’inkingo rwari rwemerewe na Denmark

Bivugwa ko Guverinoma y’u Rwanda yaba yaranze doze 250,000 z’inkingo z’icyorezo cya Covid-19 rwari rwaremerewe n’iya Denmark mu mwaka ushize. Mu Kwakira 2021 ni bwo Minisitiri wa Denmark ushinzwe ubutwererane n’iterambere, Flemming MĂžller Mortensen, yatangaje ko Guverinoma yabo yari yaremereye u Rwanda doze 250,000 z’inkingo za Johnson & Johnson mu rwego rwo kurushyigikira mu rugamba […]

Kigali: Umuturage yafungiye umunyamakuru mu rugo rwe, amukangisha umuhoro

Umuturage wo mu Mudugudu wa Buranga, Akagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, uvugwaho guhoza iterabwoba ku baturanyi be witwa Munyambibi ThĂ©oneste yafungiranye umunyamakuru wa BTN TV mu rugo iwe, amukangisha kumutema mu gihe yaba avuye aho ngaho. Byabaye ubwo uyu munyamakuru wifashishaga imfatashusho (camera) yakurikiranaga inkuru y’umuturage ushinja Munyambibi kurengera imbibi […]

Amafoto: Perezida Ndayishimiye n’umuryango batembereye ikiyaga cya Cyohoha gihuza u Burundi n’u Rwanda

nday1-3.jpg

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye n’umuryango we batembereye ikiyaga cya Cyohoha/Cohoha gihuza igihugu cye n’u Rwanda ku Ntara ya Kirundo n’iy’Iburasirazuba. Perezida Ndayishimiye kuri uyu wa 15 Mutarama 2022 yatangarije kuri Twitter iby’uru rugendo rwari rugamije kwereka umuryango ibyiza by’u Burundi, ashishikariza n’abandi babyeyi gutembereza abana babo iki gihugu. Yagize ati: “Urugendo ndangirije […]

Sadate yasubije Gen. Kainerugaba ko UPDF itatsinda RDF

Munyakazi Sadate wayoboye Rayon Sports yasubije Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka akaba n’umuhungu wa Yoweri Museveni, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba ko igisirikare cyabo, UPDF kidashobora gutsinda icy’u Rwanda, RDF. Ni nyuma y’aho Gen. Kaineruga kuri uyu wa 16 Mutarama 2022 yari amaze gutangariza ko UPDF yatsinda igisirikare icyo ari cyo cyose ku mugabane […]

Umutoza Marcel avuga ko imyitwarire ya Youssef na Ayoub yari irambiranye

Umutoza mukuru w’umusigire wa Rayon Sports, Romami Marcel, yavuze ko imyitwarire y’abakinnyi babiri: Youssef Rharb na Ait Lahssaine Ayoubbari baratijwe na Raja Cassablanca yo muri Maroc yari imaze kurambirana, ikaba ari yo mpamvu ubuyobozi bw’iyi kipe bwafashe icyemezo cyo kubasezerera. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa 15 Mutarama 2022 Rayon imaze kunganyiriza na Musanze […]

Mali: Abaturage bigaragambije bamagana ECOWAS n’u Bufaransa

Abaturage babarirwa mu bihumbi bo muri Mali bakoreye imyigaragambyo mu murwa mukuru, Bamako no mu yindi mijyi minini, bamagana ibihano by’umuryango w’akarere ka Afurika y’iburengerazuba, ECOWAS, n’icyo bita ukwivanga k’u Bufaransa. Ni nyuma y’aho ubutegetsi bw’inzibacyuho bugizwe n’abasirikare ku Cyumweru mu cyumweru cyashize basabye aba baturage guhuza imbaraga, bakamagana ibihano by’uyu muryango. Ibihano ECOWAS yafatiye […]

IRMCT ivuga ko Niger yafunze Abanyarwanda 8 bimuriweyo

Urwego mpanabyaha rw’Umuryango w’Abibumbye rwasigariyeho urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa Arusha, IRMCT, ruvuga ko Leta ya Niger yataye muri yombi Abanyarwanda 8 bimuriweyo, ifatira n’ibyangombwa byabo. Nk’uko byatangajwe n’Umucamanza wa IRMCT, Joseph E. Chiondo Masanche, ibi byamenyekanye ubwo Protais Zigiranyirazo yatangaga ikirego tariki ya 7 Mutarama 2022. Zigiranyirazo yamenyesheje IRMC ko Niger yamufunze, inamufatira ibyangombwa, asaba […]