Intumwa ya Perezida Ouatara, mu Rwanda no mu Burundi (Amafoto)

burundi1.jpg

Intumwa yihariye ya Perezida Alassane Ouatara wa Côte d’Ivoire, Amb. Paulin Claude Danho kuri uyu wa 3 Gashyantare 2021 yakiriwe mu Rwanda no mu Burundi. Mu Rwanda, Amb. Danho yakiriwe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, ibiro bye bikaba byatangaje ko yari azaniye Perezida Paul Kagame ubutumwa yahawe na Ouatara. Ibiro bya Minisitiri Dr. Ngirente […]

Nyaruguru: Meya yirukanye umwarimu ushinjwa kurarura abakobwa yigisha

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko François kuri uyu wa 3 Gashyantare 2021 yirukanye burundu mu bakozi ba Leta umwarimu witwa Ndayisenga Félicien ushinjwa kurarura abakobwa babiri yigisha. Nk’uko ibaruwa yirukana Ndayisenga wigishaga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Runyombyi giherereye mu Murenge wa Busanze ibigaragaza, uyu mwarimu yafashwe yasinze ndetse yahaye inzoga aba banyeshuri. Nyuma yo gufatirwa […]

Dr. Nyanzi wavuze ko azahangana na Museveni, yahunze

Umunyapolitiki wo muri Uganda, Dr. Stella Nyanzi wavuze ko yiyemeje guhangana n’ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni yita ‘ubw’igitugu’ yahungiye muri Kenya. Ni amakuru umunyamategeko we, Prof. George Luchiri Wajackoyah yahamirije itangazamakuru ryo muri Uganda. Prof. Wajackoyah yavuze ko impamvu yatumye Dr. Nyanzi ahunga, ari “ubwicanyi Leta ya Museveni ikora abanyapolitiki.” Dr. Nyanzi wigeze kuba umushakashatsi […]

Guverinoma y’u Burundi ishobora kwihimura ku Bwongereza

Ibiro bya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Burundi, kuri uyu wa 3 Gashyantare 2021 byatangaje ko iki gihugu kizihimura kuri Guverinoma y’u Bwongereza iherutse gukumira abagiturukamo. Tariki ya 28 Mutarama 2021 ni bwo Guverinoma y’u Bwongereza yongereye u Burundi, u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) ku bihugu ababiturukamo batemerewe kujyayo. Ni icyemezo yafashe igaragaza […]

Burundi: Christa Kaneza yafunguwe by’agateganyo

Urukiko Rukuru rwa Muha mu Burundi kuri uyu wa 2 Gashyantare 2021 rwategetse ko Christa Kaneza ukekwaho uruhare mu rupfu rw’umugabo we Thierry Kubwimana, arekurwa by’agateganyo. Ni mu gihe abagabo babiri bafunganwe; Niyongabo Emmanuel na Ndibanje Jean Paul bo bakomeza gufungwa by’agateganyo. Uyu mugore w’imyaka 18 y’amavuko yategetswe ibintu bibiri mu gihe ari hanze ya […]

Abahanga ba Afurika mu nsengero, aho gushakisha urukingo rwa Covid-19?

jolly.jpg

Nyampinga w’u Rwanda wegukanye ikamba mu 2016, Mutesi Jolly yibajije ku bahanga b’abashakashatsi bo ku mugabane wa Afurika avuga ko birirwa mu masengesho, aho gushakisha urukingo rwa Covid-19. Mu butumwa Miss Jolly yashyize ku rubuga rwa Twitter, avuga ko bibabaje kuba aba bahanga bakomeje kwibera mu nzu z’amasengesho, bakajya muri Guma mu Rugo, bakurikiza amabwiriza […]

Umugore wa Bobi Wine yasanze abana be muri Amerika

Umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi (Bobi Wine), Barbie Itungo kuri uyu wa 1 Gashyantare 2021 yasanze abana be muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA). Nk’uko Chimp Reports dukesha aya makuru yabitangaje, Itungo yagaragaye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Entebbe mu murwa mukuru wa Uganda, Kampala. Iki gitangazamakuru kivuga ko uyu mugore wari wambaye umupira w’umukara […]

Rusizi: Byamenyekanye ko yiyahuriye muri kasho nyuma y’iminsi 14 aburiwe irengero

Polisi y’u Rwanda irakeka ko umugabo witwa Nsekanabo Joël w’imyaka 40 y’amavuko wari utuye mu Kagari ka Kinyaga, Umurenge wa Nkanka w’Akarere ka Rusizi, yiyahuriye muri kasho, mu gihe umuryango we uhamya ko wari umaze iminsi 14 waramubuze. Nk’uko umugore wa Nsekanabo witwa Mukamuganga Claudine yabitangarije Radio Ijwi rya Amerika dukesha aya makuru, hafi saa […]

Algeria yohererejwe inzoga mu mwanya w’inkingo za Covid-19

Igikuba cyacitse muri Algeria ku wa 28 Mutarama 2021 ubwo abayobozi barangajwe imbere na Minisitiri w’Intebe, Abdelaziz Djerad bajyaga ku kibuga cy’indege cya Algiers kwakira inkingo z’icyorezo cya Covid-19 za ‘Spunik V’ zakorewe mu Burusiya, bagasanga ni uducupa tw’inzoga za Vodka. Urubuga El Manchar rusobanura ko Algeria yagombaga kwakira doze 500,000 z’urukingo rwa Spunik V […]

Jacques Tuyisenge yiyunze n’umukinnyi wa Guinea wamuvunnye

jacques1.jpg

Umukinnyi wa Guinea, Mory Kanté waraye avunnye Kapiteni (Captain) w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru (Amavubi) yamusabye imbabazi. Nk’uko bigaragara mu ifoto, Mory Kanté ari kumwe na Tuyisenge upfutse ukuguru kw’iburyo yaraye avunitse, Radio Rwanda ikaba isobanura ko [bifotoje ubwo] uyu mukinnyi yari yagiye kwibohora kuri uyu mugenzi we w’Amavubi. Ku munota wa 10 w’umukino ni bwo […]

U.K: Abarenga 100 bagaragayeho icyorezo cyatumye abaturuka mu Rwanda bakumirwa

Umunyamabanga w’Ubwami bw’u Bwongereza (U.K) ushinzwe ubuzima, Matt Hancock mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa 1 Gashyantare 2021, yatangaje ko iki gihugu cyabonetsemo abantu 105 banduye ubwandu bushya bwa Coronavirus bwaturutse muri Afurika y’Epfo. Nk’uko igitangazamakuru Sky kimaze kubitangaza, Hancock yatangaje ko abantu 11 muri aba banduye iyi Coronavirus, bigaragara ko nta ngendo mpuzamahanga bigeze […]

Australia: Abarenga miliyoni 2 bashyizwe muri Guma mu Rugo kubera uwagaragayeho Covid-19

Leta ya Australia kuri uyu wa 31 Mutarama 2021 yafashe icyemezo cyo gushyira muri gahunda ya Guma mu Rugo uduce dutatu two mu burengerezuba dutuwe n’abaturage barenga miliyoni 2, bitewe n’umurinzi wa hoteli wagaragayeho icyorezo cya Covid-19. Hoteli uyu murinzi akoraho yitwa Sheraton Four Points ikaba yakira abantu bagiye mu kato. Yaje kugaragaraho iki cyorezo, […]

Leta ya Israeli igiye kohereza inkingo za Covid-19 muri Palestine

Minisiteri y’Ingabo ya Israeli kuri uyu wa 31 Mutarama 2021 yatangaje ko igiye kohereza doze 5000 z’inkingo za Covid-19 ku baturage ba Leta ya Palestine basanzwe badacana uwaka. Ni nyuma y’aho iki gihugu gishinjwe kwikubira izi nking; aho cyakingiye abaturage barenga miliyoni 3 muri miliyoni zirenga gato 9 bagituye, mu gihe abo muri Palestine batarabona […]

Salongo yabonaga Amavubi ataha, Rutangarwamaboko atunga agatoki umusifuzi

etgfjg6xeaeplna.jpg

Umupfumu Rurangirwa Wilson uzwi nka Salongo mu masaa tanu y’amanywa yo kuri uyu wa 31 Mutarama 2021, yatangarije Televiziyo BTN yo ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’u Rwanda (Amavubi) isezererwa ku mukino uyihuza na Guinea, mu gihe mugenzi we Rutangarwamaboko yatunze agatoki umusifuzi. Ubwo abanyamakuru babiri ba BTN bari mu kiganiro cy’amakuru yaranze icyumweru, bahamagaye ku […]

Amafoto y’umusore wo muri Burkina Faso usa na Perezida Kagame

youn.jpg

Mu murwa mukuru wa Burkina Faso, Ouagadougou hari umusore wamamaye kubera ko ajya gusa na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame. Nk’uko urubuga Afrik Buzz rwabitangaje, uyu musore utatangarijwe amazina, iwabo bamwita ‘Paul Kagame wa Ouagadougou’ bitewe n’uko ajya gusa n’Umukuru w’Igihugu. Nta byinshi uru rubuga rwamuvuzeho keretse gushyira ahagaragara amafoto y’uyu musore bigaragara […]

Mu cyumweru gishize: U Bwongereza bwikanze ubwandu bushya bwa Coronavirus mu Rwanda

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 25 Mutarama 2021 kikaba kinasoje ukwezi kwa Mutarama, cyaranzwe n’amakuru y’ingenzi arimo: imikino, politiki, ubuzima n’ubutabera; hafi ya yose yerekeye ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19; haba mu Rwanda no mu mahanga. Twegeranyije akurikira: U Bwongereza burikanga ubwandu bushya bwa Covid-19 mu Rwanda Guverinoma y’u Bwongereza tariki ya 28 Mutarama […]

Rutangarwamaboko yaterekeye, abona intsinzi y’Amavubi

Umupfumu Rugangarwamaboko yatangaje ko yaterekereye ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru (Amavubi), ayabonera intsinzi kuri Guinea mu mukino uraba kuri uyu wa 31 Mutarama 2021. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Twitter, Rugangarwamaboko yagize ati: “Amatega menshi ntakibuza u Rwanda kwigobotora. Abazimu Bacu Batazima bahagurukanye Imizi n’Imiganda Ibihangange mu #Amavubi ni Indahangarwa. Abahonotse ntimumbere intati mu muterekero […]

Ingabo z’u Rwanda zabaga muri Sudani y’Epfo, muri Centrafrica (Amafoto)

rdf1.jpg

Ubuyobozi bw’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye (UN) ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrica (MINUSCA) zivuga ko ingabo z’u Rwanda zabaga mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo zoherejwe muri iki gihugu (Centrafrica). Ni mu rwego rwo kunganira ingabo MINUSCA mu bikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi, ikomeje guhungabanya umutekano mu bice bitandukanye by’ibihugu. MINUSCA […]

Qatar Airways igiye guhagarika kwakira abaturuka mu Rwanda

Ikigo cy’ubutwazi bwo mu kirere cya Qatar Airways cyatangaje ko guhera tariki ya 5 Gashyantare 2021, gizahagarika kwakira abagenzi baturuka mu bihugu bitatu birimo u Rwanda. Qatar Airways yabitangarije ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 29 Mutarama 2021, isobanura ko yabitewe n’impungenge Guverinoma y’u Bwongereza yari imaze kugaragaza. Abandi bagenzi iki kigo kitazemera kwakira […]

Urutonde rw’abashakishwa bashinjwa kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza

niyomb.jpg

Leta y’u Burundi irashakisha abantu 34 ishinja kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza tariki ya 13 Gicurasi 2015, kugira ngo ubutabera bwayo bubakurikirane. Nk’uko bigaragara ku rupapuro rw’Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko rw’Ikirenga mu Burundi rwo ku wa 2 Gashyantare 2016, aba barimo abahoze ari abasirikare, barangajwe imbere na Maj. Gen. Godefroid Niyombare wari uyoboye iki gikorwa […]

Kamonyi: Gitifu ushinjwa guhohotera abatera akabariro yaba yarabeshyewe

Amakuru aturuka mu Karere ka Kamonyi avuga ko Umunyamanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kabuga, mu Murenge wa Ngamba, Mbonyubwayo Emmanuel, yaba yarabeshyewe n’abaturage bamushinja gukubita abo asanze batera akabariro bambaye ubusa. Inkuru ya Gitifu Mbonyubwayo yasakaye mu ntangiriro z’iki cyumweru, nyuma y’aho umugore witwa Nyirantegerejimana Pascasie utuye mu Mudugudu wa Musenyi yabwiye umunyamakuru wa TV1 ko […]

Myugariro wa Uganda yakuyeho agahigo ka Cristiano Ronaldo

ronald.jpg

Myugariro w’ikipe ya Motherwell FC muri Scotland ukomoka muri Uganda, Bevis Mugabi, yaciye agahigo kari karashyizweho na rutahizamu Cristiano Ronaldo ukinira Juventus mu Butaliyani. Aka gahigo Cristiano yari yaragashyizeho ubwo Juventus yakinaga na Sampdoria mu mwaka w’imikino wa 2019/2020. Icyo gihe uyu rutahizamu yatsindishije igitego umutwe, asimbutse santimetero (cm) 256 harimo cm 71 kuva hasi […]

Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD ntazongera kuvuga Igifaransa

Umunyamabanga Mukuru mushya w’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, Hon. Réverien Ndikuriyo, yasobanuye impamvu yafashe icyemezo cyo kutongera gukoresha ururimi rw’Igifaransa. Uyu muyobozi usigaye avuga ururimi rw’Ikirundi gusa mu gihe avuga imbwirwaruhame, yasobanuye ko uru “rurimi rw’Abazungu” iyo umuntu arukoresheje, bamwumva nabi, amwe mu magambo ahagabwa ikindi gisobanuro. Hon. Ndikuriyo yatanze urugero rw’ijambo ‘Travaillez’ […]

Muhoozi na Elwelu mu ba ‘Generals’ batorewe guhagararira UPDF mu Nteko; Minisitiri Tumwine byanze

muhoeltum.jpg

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. David Muhoozi n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Lt. Gen. Peter Elwelu bari mu batsindiye guhagararira igisirikare cy’iki gihugu (UPDF) mu Nteko Ishinga Amategeko; abarimo Minisitiri w’Umutekano, Gen. Elly Tumwine bo batsinzwe. Nk’uko Umuvugizi w’Igisirikare na Minisiteri y’Ingabo bya Uganda, Brig. Gen. Flavia Byekwaso yabitangaje, imyanya y’abasirikare b’abagabo yahataniragamo abakandida […]

Gen. Kainerugaba yashimye uko Abagande bitwaye mu matora, yifashishije Ijambo ry’Imana

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba yashimiye Abagande bemeye ko amatora y’Umukuru w’Igihugu aba mu mahoro n’ituze, yifashishije ijambo ryo muri Bibiliya. Gen. Kainerugaba yifashishije ubutumwa bwanditswe na Matayo 5:9, ati: “Hahirwa abazana amahoro mu bantu kuko ari bo bazitwa abana b’Imana’. Abagande mwarakoze ku bw’ibihe by’amatora byaranzwe n’amahoro. Nimureke […]

Uko abajura bigeze kwiba mu biro bya Perezida Kenyatta n’umufasha we

Ubwo Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta yari amaze igihe gito agiye ku butegetsi, abajura binjiriye ibiro bye n’iby’umufasha we, Margaret Kenyatta, biba amahembe y’inzovu azwiho kugira igiciro kinini. Urubuga Kenyans rwo muri Kenya ruvuga ko byabaye muri Mata 2013, ku mugambi wari uyobowe n’uwari ushinzwe kwita ku bagana ibiro by’Umukuru w’Igihugu (State House Caretaker) ndetse […]

U Bushinwa bwahagaritse ingendo z’indege iva i Kigali, mu byumweru bibiri

Urwego rw’u Bushinwa rushinzwe ingendo z’indege rwagagaritse ingendo z’indege WB 9500 y’ikigo cya RwandAir yavaga mu mujyi wa Kigali mu Rwanda yerekeza mu mujyi wa Guangzou mu gihe cy’ibyumweru bibiri guhera ku wa 1 Gashyantare 2021. Aya makuru yemejwe n’umunyamakuru wa Televiziyo y’u Bushinwa ya CGTN, Shen Shiwei, kuri uyu wa 29 Mutarama 2021. Uyu […]

Sudani y’Epfo isaba Museveni gusobanura impamvu yise abaturage bayo ‘ubururu’

Umuvugizi w’Umukuru w’Igihugu wa Sudani y’Epfo, Ateny Wek tariki ya 27 Mutarama 2021 yasabye Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni gusobanura impamvu yavuze ko abaturage babo ari ‘ubururu’. Perezida Museveni yavuze ko abaturage ba Sudani y’Epfo ari ubururu tariki ya 26 Mutarama 2021 ubwo yari mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 35 ishyaka NRM rimaze ku […]

Mu Bwongereza: Ubwandu bushya bwa Coronavirus bwabonewe urukingo rwizewe

Ikigo gikora imiti n’inkingo cya Novavax cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) cyakoze urukingo rwitwa NVX-CoV2373 rwizewe mu gukingira ubwandu bushya bw’icyorezo bw’agakoko ka Coronavirus (B.1.1.7) bwabonetse mu Bwongereza, ku gipimo cya 89.3%. Nk’uko ubuyobozi bw’iki kigo bubyemeza, uru rukingo rwageragerejwe ku bantu 20,000 biganjemo abari hejuru y’imyaka 65 y’amavuko, barimo abo mu […]

Abaturuka mu Rwanda no mu Burundi ntibemerewe kwinjira mu Bwongereza

Guverinoma y’Ubwami bw’u Bwongereza (UK) yafashe icyemezo cyo kutemerera abaturuka mu bihugu birimo u Rwanda, mu Burundi no muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) kwinjira muri iki gihugu guhera kuri uyu wa 29 Mutarama 2021. Iki guverinoma yafashe iki cyemezo mu rwego rwo gukumira ubwandu bw’icyorezo gishya cya Coronavirus cyabonetse bwa mbere muri Afurika y’Epfo. […]

City Radio yategetswe kwishyura Oswakim na bagenzi be arenga miliyoni 16

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa 28 Mutarama 2021 rwategetse Genesis Communication LTD-City Radio (City Radio) kwishyura abanyamakuru batanu yirukanye, amafaranga y’u Rwanda (rwf) 16,225,000 arimo ibirarane by’imishahara n’indishyi. Ni nyuma y’aho iki gitangazamakuru gitsindiwe urubanza rwaburanishwaga mu mizi aba banyamakuru (Oswald Mutuyeyezu uzwi nka Oswakim, Rurangwa Gaston uzwi nka Skizzy, Habimana Bonaventure, Muragijemariya […]

OMS iringingira Tanzania kwitegura gukingira abaturage Covid-19

Umuyobozi uhagarariye umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) ku mugabane wa Afurika, Dr. Matshisido Moeti yatangaje ko bari gusaba Leta ya Tanzania kwitegura gukingira abaturage icyorezo cya Covid-19. Dr. Moeti yabitangaje kuri uyu wa 28 Mutarama 2021, mu butumwa yanditse ku rubuga rwa Twitter, atangira ati: “Turi gusaba Tanzania gushyiraho amabwiriza nko kwambara agapfukamunwa mu […]

Malawi: Indaya zigaragambije zamagana Leta yahagaritse ibikorwa by’ijoro

fb_img_16118373587022121.jpg

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 28 Mutarama 2021, indaya zikorera aka kazi mu murwa mukuru wa Malawi, Lilongwe, zabyukiye mu myigaragambyo zamagana Leta yafashe icyemezo cyo guhagarika ibikorwa byose byo mu masaha y’ijoro birimo utubari. Izi ndaya zemeza ko zikora kinyamwuga, zivuga ko iki cyemezo cya Leta cyazigiraho ingaruka zikomeye ku bukungu, ubuzima bwazo […]

Abofisiye babiri ba RDF barangije amasomo yo gutwara indege muri Qatar (Amafoto)

rwanda.jpg

Abofisiye babiri mu ngabo z’u Rwanda; 2nd Lieutenant Eloge Nyiringabo na 2nd Lieutenant Josia Rugema bari mu banyeshuri 85 barangirije amasomo yo gutwara indege mu ishuri rya Al Zaeem Air College mu gihugu cya Qatar. Uyu muhango wabereye ku birindiro by’ingabo zirwanira mu kirere bya Al Udeid wari uyobowe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Ramim […]

Mu minsi 15: U Rwanda rwoherereje u Burundi impunzi zirenga 2300

Minisiteri ishinzwe umutekano w’imbere mu Burundi, igaragaza ko Leta y’u Rwanda yoherereje iki gihugu impunzi zacyo 2354 mu gihe cy’iminsi 15. Nk’uko iyi Minisiteri yabitangarije ku rubuga rwa Twitter, izi mpunzi zagiye mu byiciro bitatu, harimo 772 zibumbiye mu miryango 261 zagiye tariki ya 13 Mutarama 2021. Hari kandi ikindi cyiciro cy’impunzi 822 zibumbiye mu […]

Perezida Museveni yamuritse ‘umuti wa Covid-19’ wakorewe muri Uganda

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni kuri uyu wa 27 Mutarama 2021 yamuritse umuti witwa UBV-01N yizera ko ushobora kuvura abarwayi b’icyorezo cya Covid-19. Nk’uko ibiro by’Umukuru w’Igihugu byabitangaje, uyu muti wakozwe n’abahanga mu by’imiti bo muri Uganda, ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima, Ishami ry’Ubuvuzi muri Kaminuza ya Makerere n’ibitaro bikuru bya Mulago. Uyu Mukuru w’Igihugu […]

Centrafrica: Abahunze ibitero by’inyeshyamba bari gusubira mu gihugu

Ingabo z’umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrica (MINUSCA) zivuga ko hari abaturage bari barahunze ibitero by’inyeshyamba batangiye gusubira muri iki gihugu. Ni nyuma y’impuruza z’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ryavugaga ko hakomeje kugaragara ubwiyongere bw’abaturage b’iki gihugu bakomeje guhungira mu bihugu by’abaturanyi birimo: Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), […]

Amavubi azakina na Guinea muri ¼ cya CHAN; icyo imibare yerekana

guinea.jpg

Ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru (Amavubi) izakina n’ikipe y’igihugu ya Guinea Conakry (Syli National) muri ¼ cy’irushanwa nyafurika ry’abakinira imbere mu bihugu byabo, CHAN. Byamenyekanye nyuma y’aho Guinea yari imaze kunganya n’ikipe y’igihugu ya Tanzania ibitego 2-2, bituma izamuka ku rutonde rw’itsinda D yari iherereyemo iri ku mwanya wa mbere n’amanota 5. Biteganyijwe ko Amavubi […]

Ihuriro ry’abanyapolitiki barimo Fayulu, Katumbi na Bemba; mu marembera

fakabila.jpg

Ibimenyetso bikomeje kwerekana ko ihuriro LAMUKA ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ryaba riri mu marembera. Ubusanzwe iri huriro rihuje amashyaka ya: ECIDé (Engagement pour la Citoyenneté et le Dévelopment) rya Martin Fayulu, Ensemble MK rya Moïse Katumbi, MLC (Mouvement de Liberation du Congo) rya Jean Pierre Bemba na PALU […]

Shoferi wari ugiye kugonga ababyina intsinzi y’Amavubi yafashwe

esv96dnxiai8ijb.jpg

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi inereka itangazamakuru umushoferi witwa Ndayisaba Fabrice wari ugiye kugonga ababyinaga intsinzi y’ikipe y’igihugu (Amavubi) yari imaze gutsinda iya Togo ibitego 3-2. Ni nyuma y’aho kuri Twitter, ukoresha urubuga rwa Yego B ahashyize videwo igaragaza uyu mushoferi atwara imodoka ku muvuduko ukabije; ari hafi yo kugonga aba bantu. Uyu yagize […]

Miss Mutesi Jolly avuga ko yihebeye rutahizamu Sugira Ernest

sug.jpg

Nyampinga w’u Rwanda w’umwaka w’2016, Miss Mutesi Jolly yatangaje ko rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi, Sugira Ernest ubu ngubu ari we wamutwaye umutima. Ni nyuma y’igitego uyu mukinnyi yatsinze ku mukino wahuje Amavubi na Togo mu irushanwa rya CHAN, cyatumye iyi kipe ikatisha itike ya ¼ cy’irushanwa. Miss Jolly mu butumwa bugufi yashyize ku […]

Polisi yihanangirije abishe gahunda ya ‘Guma mu Rugo’ bishimira intsinzi y’Amavubi

Polisi y’u Rwanda yihanangirije Abaturarwanda baba mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali baraye bigabije imihanda bishimira intsinzi y’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru (Amavubi), bishe ibwiriza rya Guma mu Rugo batanubahirije andi mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Ubwo Amavubi yari amaze gukatisha itike ya ¼ cy’irushanwa rya CHAN, nyuma yo gutsinda ikipe y’igihugu ya Togo ibitego […]

Perezida Biden aravugurura umubano na Palestine, wangijwe na Trump

Ambasaderi wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) mu Muryango w’Abibumbye (UN), Richard Mills kuri uyu wa 26 Mutarama 2021 yatangaje ko igihugu cye kigiye kubyutsa umubano n’iyi Leta imaze igihe kinini ishaka ubwigenge. Ni nyuma y’aho uwari Perezida wa USA, Donald Trump yari amaze igihe ubwo yagaragazaga ko ashyigikiye Leta ya Israeli idacana […]

Iby’intwaro Israeli igurisha umutwe w’ingabo zidasanzwe muri Uganda byageze mu rukiko

Nyuma yo kumenya ko Leta ya Israeli gahunda igurisha intwaro umutwe w’ingabo zidasanzwe za Uganda, SFC (Special Force Command), impirimbanyi z’uburenganzira bw’ikiremwamuntu zafashe icyemezo cyo kuyihagarika zitabaje urukiko. Nk’uko Daily Monitor ibitangaza, izi mpirimanyi zirimo abanyamahanga n’Abagande bari mu buhungiro, zifashishije umunyamategeko, zandikira Minisiteri y’Ingabo ya Israeli tariki ya 5 Ukuboza 2020, zisaba ko iyi […]

Rwanda: Abanduye Covid-19 biyongereyeho 574 uyu munsi

covi1999.png

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko kuri uyu wa 26 Mutarama 2021 abantu banduye icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 574 mu bipimo 10,407 byafashwe. Aba barimo 440 babonetse mu Mujyi wa Kigali, 16 babonetse muri Gicumbi, 11 muri Gakenke, 10 muri Ngoma, 10 muri Kirehe, 10 muri Gatsibo, 9 muri Muhanga, 8 muri Gisagara, 8 muri […]

Ibihugu bikize byikubiye inkingo za Covid, bitazazikenera vuba_Perezida Ramaphosa

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa kuri uyu wa 26 Mutarama 2021 yatangaje ko hari ibihugu bikize byasabye inkingo z’icyorezo cya Covid-19 kandi bitanazikeneye mu gihe cya vuba, akabibona nk’uburyo bwo kuzigomwa ibihugu bikennye. Yabitangarije mu nama y’Ihuriro ry’Ubukungu ku Isi (World Economic Forum), asaba ibi bihugu kureka kwikubira izi nkingo, bikibuka na bigenzi byabo […]

Christa Kaneza wababaje benshi yafunguwe, arongera asubizwa muri gereza

christa4.jpg

Amakuru aturuka mu Burundi, avuga ko umugore w’imyaka 18 y’amavuko witwa Christa Kaneza yafunguwe kugira ngo ajye kurera uruhinja rwe rw’amezi atanu; ariko yongera asubizwa muri gereza. Mu minsi ishize umugabo wa Kaneza witwa Thierry Kubwimana yasanzwe yarasiwe mu cyumba mu ijoro ryo ku wa 24 rishyira uwa 25 Ugushyingo 2020, aza gupfira mu bitaro. […]

Umuherwe Katumbi yarangije amasomo muri kaminuza y’iwabo

Umuherwe w’umunyapolitiki wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Moïse Katumbi yabonye impamyabumenyi yemeza ko yarangije amasomo muri Kaminuza ya Lubumbashi. Nk’uko bigaragara kuri kopi y’urupapuro rw’imbere rw’igitabo cy’ubushakashatsi Katumbi yakoze, yarangije amasomo muri iyi kaminuza mu cyiciro gihanitse mu Kuboza 2020. Igitabo yanditse kirimo ubusesenguzi kuri “gahunda nshya y’imisoro mu cyahoze ari intara ya […]

Kamonyi: Gitifu w’Akagari ashinjwa guhohotera abatera akabariro

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kabuga, Umurenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, Mbonyubwayo Emmanuel arashinjwa gukubita abashakanye abasanze mu buriri mu gihe batera akabariro. Amakuru dukesha TV1 avuga ko uyu muyobozi uwo aketseho ikosa, adatinya kumusanga mu buriri, akamwirukankana yambaye ubusa. Umugore ushinja Gitifu Mbonyebwayo kumusanga mu buriri ari gutera akabariro n’umugabo we saa kumi […]

DJ Khaled yatewe ubwoba, asiba ubutumwa bwerekeye kuri Uganda

dj_khaled.jpg

Umunyamerika wamamaye mu kuvanga umuziki, Khaled Mohamed Khaled uzwi nka DJ Khaled yasibye ubutumwa bwerekeye gahunda y’igitaramo yateganyaga muri Uganda, nyuma y’ubutumwa bumutera ubwoba. Byari biteganyijwe ko DJ Khaled azayobora iki gitaramo cyo gutanga ibihembo by’irushanwa MTV Africa Music Awards (MAMA) ritegurwa na Televiziyo ya MTV, uzabera mu mujyi wa Kampala tariki ya 20 Gashyantare […]

CHAN: RDC yari ifite icyuho gikomeye mu bakinnyi, yazamutse iyoboye itsinda

Ikipe y’umupira w’amaguru ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yitabiriye irushanwa rya CHAN, yazamutse ku cyiciro cya ¼ iyoboye itsinda B yari iherereyemo, n’ubwo yari ifite icyuho gikomeye mu bakinnyi. RDC yari ifite abakinnyi 12 barimo abazamu babiri, ndetse n’umutoza mukuru, Florent Ibenge banduye icyorezo cya Covid-19, ku mukino wa nyuma mu matsinda wabaye kuri […]

Ingabo za Centrafrica, u Rwanda n’u Burusiya zivuganye inyeshyamba 44

Ingabo za Repubulika ya Centrafrica, iz’u Rwanda n’iz’u Burusiya kuri uyu wa 25 Mutarama 2021 zivuganye abarwanyi 44 b’imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bwa Centrafrica. Nk’uko igisirikare cya Centrafrica (FACA) kibyemeza, aba barwanyi biciwe mu gace Boyali kari mu bilometero 90 ugana mu murwa mukuru, Bangui. FACA yemeza ko aba barwanyi barimo abaturutse muri Chad, […]

Burundi: Umunyeshuri yirukanwe azira amagi y’ibihunyira n’ibikeri

Ubuyobozi bw’ishuri rya Petit Seminaire Saint Pie X mu Burundi, tariki ya 20 Mutarama 2021 bwirukanye burundu umunyeshuri bumuziza gutunga amagi y’ibihunyira n’ibikeri. Nk’uko byasobanuwe mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi w’iri shuri rigendera ku mahame ya Kiliziya Gatolika, Jean-Berchmas Rivuzimana, uyu munyeshuri ubwe yiyemereye ko abitse aya magi mu gikapu cye. Ngo ibi byatumye bagenzi […]

Ibihumbi by’Abanya-Centrafrica bakomeje guhungira mu bihugu by’abaturanyi

Abaturage bo muri Repubulika ya Centrafrica bakomeje guhungira mu bihugu by’abaturanyi kuva mbere y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye tariki ya 27 Ukuboza 2020. Impamvu ituma bahunga nk’uko Umuryango Mpuzamahanga wita ku mpunzi (HCR) ubivuga ni ibibazo by’umutekano muke uterwa n’imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi, ikomeje kugaba ibitero mu bice bitandukanye by’igihugu. Radio Okapi ikorera muri Repubulika […]

Minisitiri Ilunga yabanje gusanga Kabila i Lubumbashi mbere yo kwegura

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Sylvestre Ilunga Ilunkamba, kuri uyu wa 24 Mutarama 2021 yasanze Joseph Kabila mu mujyi wa Lubumbashi mbere y’uko yegura kuri izi nshingano. Ni amakuru Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa RDC byemeje yakurikiye itora ry’abagize Inteko Ishinga Amategeko ryabonetsemo ubwiganze bw’amajwi asaba kwegura Ilunga usanzwe ari umuyoboke w’ihuriro […]

CHAN: Abakinnyi 12 ba RDC bamaze kwandura Covid-19, isigaranye umuzamu umwe

Ikipe y’umupira w’amaguru ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yitabiriye irushanwa rya CHAN 2020, ikomeje kugaragaramo abakinnyi bandura icyorezo cya Covid-19, aho ubu isigaranye umuzamu umwe muri batatu yaserukanye. Aya makuru yamejwe kuri uyu wa 24 Mutarama 2021, avuga ko abarimo umuzamu Nathan Mabruki Tshumu, Rick Tulenge na William Likuta banduye iki cyorezo; igiteranyo cy’abamaze […]

Urukiko rwategetse abasirikare n’abapolisi kuva mu rugo rwa Bobi Wine

Urukiko Rukuru muri Uganda rwategetse abasirikare n’abapolisi bamaze iminsi bagose urugo rw’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) kuruvamo. Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi w’ishyaka NUP (National Unity Platform) Bobi Wine abereye umuyobozi, Joel Ssenyonyi kuri uyu wa 25 Mutarama 2021. Ssenyonyi ku rubuga rwa Twitter ati: “Amakuru mashya; Urukiko Rukuru rwatanze itegeko risaba Polisi n’abasirikare kuva mu […]

Centrafrica: Ingabo z’u Rwanda zirifashisha ‘drones’ mu guhiga inyeshyamba

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrica zirifashisha utudege duto tuzwi nka ‘drones’ mu guhiga imitwe yitwaje intwaro ikomeje guhungabanya umutekano w’abaturage. Nk’uko bizwi, utu tudege dusanzwe twifashishwa mu bikorwa bitandukanye birimo gushakisha amakuru mu buryo bw’amafoto n’amashusho, tukaba twoherezwa aho umuntu yagera bigoranye cyangwa se ntabe yanabasha kuhagera. Amakuru avuga […]

Ibihe bidasanzwe muri Centrafrica, Gen. Kazura na Nzabamwita muri RDC mu nkuru zaranze icyumweru gishize

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 18 Mutarama 2021 cyaranzwe n’amakuru yihariye ku buzima, bijyanye n’icyorezo cya Covid19, aya politiki, umutekano ndetse n’ububanyi n’amahanga; akaba ari yo twahurije hamwe mu y’ingenzi yakiranze. Ni aya akurikira: Ibihe bidasanzwe muri Centrafrica Repubulika ya Centrafrica ku wa 22 Mutarama 2021 yashyizeho ibihe bidasanzwe by’iminsi 15 bitewe n’ibitero imitwe yitwaje […]

Ndayishimiye yizeye ko bidatinze umubano n’u Rwanda uzongera kuba mwiza

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye kuri uyu wa 24 Mutarama 2021 yatangaje ko afite icyizere ko umubano w’igihugu cyabo n’u Rwanda wongera kugenda neza mu gihe cya vuba, kuko impande zombo zifite ubushake. Yabitangarije mu nama idasanzwe yahuje abayobozi mu ishyaka rya CNDD-FDD riri ku butegetsi, ati: “Nizeye ko mu gihe cya vuba, ibihugu bibiri […]